Bamporiki yemeza ko yasuye Idamange, amugira inama yo guceceka

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUrubyiruko nâUmuco, Hon. Bamporiki Edouard yemeje ko yasuye Idamange Iryamugwiza Yvonne waraye atawe muri yombi, amugira inama yo guceceka. Yasubizaga uwitwa Yuri Avimo ku rubuga rwa Twitter, washyize ahagaragara videwo ya Idamange avuga ko uyu muyobozi yamusanze mu rugo inshuro ebyiri, amubaza icyo yifuza kugira ngo aceceke, ariko akanangira. Muri […]
Amafoto: Uwafunzwe afite imyaka 15, yafunguwe afite 83

Umunyamerika Joseph Ligon wafunzwe afite imyaka 15 yâamavuko, tariki ya 11 Gashyantare 2021 yafunguwe afite imyaka 83 yâamavuko, aho hari amaze muri gereza imyaka 68. Nkâuko ibitangazamakuru birimo The Sun bibyemeza, Ligon wavukiye muri Leta ya Pennsylvania yakatiwe igifungo cya burundu mu 1953, nyuma yo guhamwa nâicyaha cyâubwicanyi yakoranye na bagenzi be muri Philadelphia, bose […]
U Bwongereza bwagumishije u Rwanda ku ârutonde rutukuraâ
Guverinoma yâu Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongera igihe cyo gukumira abaturuka mu bihugu 33 yashyize ku ‘rutonde rutukura’ birimo u Rwanda, mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya bwâicyorezo cya Coronavirus cyabonetse bwa mbere muri Afurika yâEpfo. Ni nyuma yâaho tariki ya 28 Mutarama 2021 yari yatangaje ko guhera tariki ya 29 Mutarama, abaturuka mu bihugu […]
Idamange ashinjwa gukomeretsa umupolisi, akajyanwa ku bitaro
Polisi yâu Rwanda yatangaje ko Idamange Iryamugwiza Yvonne kuri uyu wa 15 Gashyantare 2021 yakomerekeje umupolisi mu mutwe, yihutishirijwa ku bitaro bya Kacyiru. Nkâuko itangazo ribivuga, byabaye mu masaa kumi ubwo uru rwego rwifatanyijwe nâurwâubugenzacyaha (RIB), zataga muri yombi uyu mugore ukekwaho guteza imvururu nâimidugararo muri rubanda. Rigira riti: âMuri uyu mugoroba tariki ya 15 […]
Idamange wavuze ko Perezida Kagame atakiriho, yatawe muri yombi
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 15 Gashyantare 2021 rwataye muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne watangaje ko Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame atakiriho. Aya makuru yemejwe na RBA avuga ko Idamange akekwaho guteza imvururu nâimidugararo muri rubanda. Uyu mugore amaze iminsi asabirwa gukurikiranwa nâubutabera bwâu Rwanda, ashinjwa gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yifashishije […]
Perezida Tshisekedi yashyizeho Minisitiri wâIntebe mushya
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 15 Gashyantare 2021 yashyize Jean Michel Sama Lukonde Kyenge ku mwanya wa Minisitiri wâIntebe mushya. Ibi biri mu bigize amavugurura mu miyoborere zatangijwe na Perezida Tshisekedi mu cyiswe âIhuriro Ryeraâ (Union SacrĂ©e) nyuma yo gusesa amasezerano yâihuriro rya FCC-CACH rye na Joseph Kabila […]
Umunyafurika wa mbere yatorewe kuyobora WTO
Umunya-Nigeria, Dr. Ngozi Okonjo-Iweala yatorewe umwanya wâUmuyobozi Mukuru wâumuryango mpuzamahanga ushinzwe ubucuruzi, WTO (World Trade Organization). Ni amakuru WTO yemereje ku rubuga rwayo rwa Twitter, igira iti: âDr. Okonjo-Iweala akoze amateka nkâumugore wa mbere nâumunyafurika wa mbere ugiye kuyobora WTO.â Nkâuko uyu muryango ubyemeza, Dr. Okonjo-Iweala yatorewe mu nama idasanzwe yâakanama rusange kâuyu muryango, aho […]
Hahishuwe uruhare rwâu Bufaransa mu gutorokesha abateguye jenoside mu Rwanda
Umushakashatsi akaba nâumwanditsi wâibitabo wâUmufaransa, François Graner yahishuye uruhare rwâu Bufaransa mu gutorokesha abateguye jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu mushakashatsi mu nkuru yatambutse ku gitangazamakuru gikora ubucukumbuzi MĂ©diapart kuri uyu wa 14 Gashyantare 2021, yagaragaje uko muri Nyakanga 1994 u Bufaransa bwafashe icyemezo cyo kudakurikirana abayobozi bateguye jenoside yakorewe Abatutsi kandi bwari bubafite mu […]
Inteko yâu Rwanda ishinja iya EU gushyigikira ibitero bya FLN
Komisiyo zâububanyi nâamahanga, ubutwererane nâumutekano mu mitwe yombi yâInteko Ishinga Amategeko mu Rwanda, zashinje Inteko yâUbumwe bwâu Burayi (EU) gushyigikira ibitero umutwe witwaje intwaro wa FLN wagabye ku basivili mu majyepfo yâiki gihugu. Bikubiye mu myanzuro uhuriweho izi komisiyo zafashe muri raporo zakoze ku cyemezo cyâinteko ya EU, gishinja Leta yâu Rwanda kutubahiriza uburenganzira bwe, […]
Guinea: Ebola yishe bane, abandi bajyanwa ku bitaro
Urwego rwa Guinea rushinzwe ubuzima, NHSA (National Health Security Agency) rwatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri iki gihugu cyishe abantu bane, abandi bane bajyanwa ku bitaro. Nkâuko tubikesha Radiyo Ijwi rya Amerika, Sakoba Keita uyoboye uru rwego yatangaje ko uwa mbere wari umuvuzi yishwe nâiki cyorezo mu mpera za Mutarama 2021, ashyingurwa tariki […]
Inkuru yâincamugongo muri RDF, ibiganiro byâumutekano hagati yâu Rwanda na RDC,… mu nkuru zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 8 Gashyantare 2021 cyaranzwe nâamakuru mu ngeri zirimo: umutekano mu Rwanda no mu karere, ubuzima cyane uburebana nâicyorezo cya Covid-19 ndetse nâubutabera. Ni cyo cyumvikanyemo inkuru yâincamugongo zirimo urupfu rwa Lt.Gen. Jacques Musemakweli nâidasanzwe ya Padiri ukekwaho gusambanya umwana wâumuhungu. Ni izikurikira: Urupfu rwa Lt. Gen. Musemakweli Mu gitondo cya […]
Abaturarwanda batangiye gukingirwa Covid-19
Minisiteri yâUbuzima imaze gutangaza ko abaturarwanda batangiye gukingirwa icyorezo cya Covid-19. Nkâuko iyi Minisiteri ibivuga, abahereweho ni abafite ibyago byinshi byo kwandura iki cyorezo barimo abakozi bo mu nzego zâubuzima. Iyi gahunda irakurikirwa nâindi izakingirwamo umubare munini wâabaturarwanda, hashingiwe ku umubare wa doze z’inkingo igihugu cyagenewe muri gahunda ya Covax. Byari byitezwe ko icyiciro cya […]
Nibikomeza, sinzi uko nzabaho_Umubyeyi wâabana 7 muri CAR
Umutekano muke muri Repubukika ya Centrafica ukomeje kugira ingaruka nyinshi ku baturage zirimo ubuhunzi, inzara nâizamuka ryâibiciro ku rwego ruteye impungenge. Igitangazamakuru The New Humanitarian kivuga ko imitwe yitwaje intwaro igize ihuriro rya CPC (Coalition of Patriots for Change) yafunze imihanda yâubucuruzi ihuza iki gihugu nâandi mahanga, ikaba yarakumiriye ibicuruzwa nâimfashanyo zirimo ibiribwa. Mu ntangiriro […]
Twaje guhinyuza abatifuza ko dukorana_François Beya mu Rwanda
Kuri uyu wa 13 Gashyantare 2021, i Kigali hateraniye inama yâumutekano yahuje intumwa zaturutse muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo na bagenzi bazo bo mu Rwanda. Intumwa zavuye muri RDC zari ziyobowe nâUmujyanama wihariye mu byâumutekano wa Perezida FĂ©lix Tshisekedi, François Beya Kasonga. Beya mu butumwa bwe bwerekeye iyi nama, yagaragaje ko hari amahanga atifuza […]
Abize muri PIASS bandikiye Perezida Kagame, bamusaba kubarenganura
Bamwe mu barangije icyiciro cya mbere cyâamasomo (A1) mu Ishuri Rikuru ryâAbaporotesitanti, PIASS mu ishami ryâuburezi bandikiye Perezida Kagame bamusaba kubarenganura, nyuma yo kudahabwa amabaruwa abinjiza mu kazi batsindiye, byakurikiwe nâicyo bita gusiragizwa nâinzego zibishinzwe. Nkâuko bigaragara muri kopi yâibaruwa yo ku wa 11 Gashyantare 2021 bavuga ko bamaze koherereza Umukuru wâIgihugu, abize muri PIASS […]
OMS ivuga ko Guinea yaba yabonetsemo Ebola
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yatangaje ko muri Guinea habonetse abantu babiri bakekwaho icyorezo cya Ebola. Yabitangarije kuri Twitter kuri uyu wa 13 Gashyantare, agira ati: âWHO (OMS) yamenyeshejwe ko hari abantu babiri bakekwaho Ebola muri Guinea-Conakry. Ibipimo bibyemeza biri gukorwa.â Nta cyavuye muri ibi bipimo uyu muryango […]
Inka yafatiwe mu Burundi yibwe mu Rwanda, yasubijwe nyirayo
Umuturage witwa Mukamusonera Odette utuye mu Kagari ka Batima, Umurenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera yasubijwe inka ye yari yibwe, igafatirwa mu Burundi. Ni igikorwa cyabereye ku mupaka wa Gasenyi-Nemba uhuza u Rwanda nâu Burundi ku gicamunsi cya tariki ya 11 Gashyantare 2021, inka ishyikirizwa Mpayimana Stefano wari uhagarariye Mukamusonera, hari inzego zâubuyobozi ku […]
Big Fizzo yasabye ‘abiyita’ abasigasira umuco gusubira kubana nâinyamaswa mu biti
Umuhanzi wo mu Burundi, Desire Mugani uzwi nka Big Fizzo yasabye abo avuga ko biyita ko bateza imbere umuco ko bava mu mazu yâabakoloni, bagasubira kubana nâinyamaswa mu biti. Ni igitekerezo Big Fizzo yatanze ku nkuru yatambutse ku rubuga rwa Yaga Burundi inenga bikomeye imikorere nâimyitwarire yâabahanzi bo muri iki gihe biganjemo urubyiruko, yiganjemo kwigana […]
Perezida Kenyatta yasabye umwungirije kureka kurwanya Guverinoma, cyangwa akegura
Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 12 Gashyantare 2021 yasabye Visi Perezida William Ruto nâabadepite bamushyigikiye, kudakomeza kurwanya guverinoma, byabananira bakegura. Nkâuko igitangazamakuru Kenyans kibivuga, uyu Mukuru wâIgihugu yabitangaje ubwo yafunguraga ku mugaragaro ikigo nderabuzima cya Muthua giherereye mu gace ka Uthiru. Perezida Kenyatta yavuze ku buryo William Ruto bari mu ishyaka rimwe […]
Abadepite 22 ba EU barasaba u Rwanda kurekura Rusesabagina
Abadepite 22 bahagarariye ishyaka âRenew Groupâ mu Nteko Ishinga Amategeko yâUmuryango wâUbumwe bwâUburayi, banditse barasaba u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha byâiterabwoba. Bigaragara mu nyandiko aba badepite bashyize ahagaragara kuri uyu wa 9 Gashyantare 2021, ifite umutwe ugira uti: âMotion for a resolutionâ. Aba badepite bavuga ko Rusesabagina yavanwe i Dubai muri Leta Zunze […]
Captain mu ngabo za Uganda wari mu ndege yakoze impanuka, yapfuye

Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko Capt. Caroline Busingye wari mu ndege yakoze impanuka kuri uyu wa 11 Gashyantare 2021, yapfuye. Ni amakuru yemejwe nâUmuvugizi wâIngabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso ku mugoroba wâuwo munsi, agira ati: âTubabajwe no kubamenyesha ibyâurupfu rwa Capt. Caroline Busingye wari mu ndege yakoreye impanuka muri Entebbe uyu munsi ikigoroba.â […]
Lt. Gen. Musemakweli wayoboye ingabo zirwanira ku butaka yapfuye

Lt. Gen. Jacques Musemakweli wabaye Umugaba wâIngabo zâu Rwanda zirwanira ku butaka, yapfuye azize uburwayi. Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. Ronald Rwivanga, wagize ati: “Ni byo yitabye Imana mu masaha ya nijoro.” Andi makuru agera kuri BWIZA avuga ko Gen. Musemakweli yapfuye mu masaa saba yâurukerera rwâuyu wa 12 Gashyantare 2021. Gen. Musemakweli wari […]
Karenzi anenga abanyamakuru bakomeje ikiganiro, mugenzi wabo yambuwe ijambo
Umunyamakuru wa RadioTV10, Sam Karenzi kuri uyu wa 11 Gashyantare 2021 yanenze bagenzi be bemeye ko ikiganiro nâitangazamakuru gikomeza, mu gihe mugenzi wabo Jean Luc Imfurayacu yari amaze kwamburwa ijambo. Iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 10 Gashyantare 2021 kiyobowe na Minisiteri ya Siporo, aho abacyitabiriye bareberaga hamwe uko urugendo rwâAmavubi mu irushanwa rya CHAN […]
Fayulu avuga ko ababona ko Tshisekedi yatandukanye na Kabila bibeshya
Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Martin Fayulu yatangaje ko abavuga ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi yatandukanye na Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi, bibeshya. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru, kuri uyu wa 11 Gashyantare 2021, cyabereye mu mujyi wa Kinshasa. Mu mwaka ushize, Perezida Tshisekedi yafashe icyemezo cyo gusesa guverinoma ye na […]
Indege yâingabo za Uganda yahanutse, babiri barimo bihutishirizwa kwa muganga

Kajugujugu ingabo za Uganda zikoresha mu myitozo kuri uyu wa 11 Gashyantare 2021 yakoze impanuka, igwa hafi yâibirindiro byâingabo zirwanira mu kirere bya Entebbe, abasirikare babiri barimo bihutishirizwa ku bitaro. Umuvugizi wâingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yemereje ku rubuga rwa Twitter ko iyi mpanuka yabaye saa munani nâiminota 15 ku masaha yo muri […]
Uganda-Kenya: Intambara ishingiye ku bucuruzi bwâamata yaba igiye kurangira
Umwaka urarenze Leta ya Kenya ikumira ikanafatira amata aturuka muri Uganda, bikaba byarakuruye amakimbirane mu byâubucuruzi hagati yâibihugu byombi. Nkâuko byemezwa na Minisitiri ushinzwe ubucuruzi, inganda nâamakoperative muri Uganda, Amelia Kyambadde, ibi bibazo byatangiye mu Kuboza 2019 ubwo Leta ya Kenya yabuzaga amakamyo atwaye amata ya Lato y’uruganda rwa Pearl Diary kwinjira mu gihugu, ayageze […]
Raporo: Bimwe mu bisirikare bikomeye muri Afurika byasubiye inyuma

Raporo nshya ya Global Fire Index itegurwa nâurubuga rwa Global Firepower igaragaza ko bimwe mu bisirikare bikomeye muri Afurika byasubiye inyuma mu mwaka wâ2020, ugereranyije nâuko byari bihagaze mu mwaka wâ2019. Nkâuko bisanzwe, Global Firepower itegura itegura iyi raporo kuri buri mwaka ushize, ikayisohora mu ntangiriro zâundi mwaka. Igaragaza ubushobozi butandukanye bwâibisirikare byâibihugu birenga 130 […]
ImmaculĂ©e ntiyumva uburyo umuntu muzima asabwa icyemezo cyâuko ariho
Umuyobozi wâumuryango mpuzamahanga urwanya ruswa nâakarengane wa Transparent International-Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e ntabwo yumva uburyo umuntu muzima bigaragara ko ariho, asabwa icyemezo cyâuko ariho. Iki cyemezo gisabwa nâinzego zirimo ikigo cyâigihugu cyâubwiteganyirize bw’abakozi (RSSB), kikaba kimwe mu bitangirwa ku ikoranabuhanga, biciye ku rubuga Irembo. ImmaculĂ©e utemera iki cyemezo mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, cyagiye […]
Umunyamakuru yambuwe ijambo ubwo yavugaga ku bibazo byâurugendo rwâAmavubi muri CamĂ©roun

Umujyanama muri Minisiteri ya Siporo, Karambizi Olivier yambuye ijambo umunyamakuru Jean Luc Imfurayacu wa Radio B&B FM, wavugaga ku bibazo byaranze urugendo rwâAmavubi yari yitabiriye irushanwa rya CHAN 2020. Byabereye mu kiganiro Minisiteri ya Siporo nâitsinda ryaherekeje Amavubi bagiranye nâitangazamakuru kuri uyu wa 10 Gashyantare 2021 mu rwego rwo kurebera hamwe uko urugendo rwâAmavubi muri […]
U Bwongereza bwiyemeje gusaranganya inkingo za Covid-19 nâibihugu bikennye
Umunyamabanga wâu Bwongereza ushinze ububanyi nâamahanga, Dominic Raab aherutse gutangaza ko igihugu cye cyiteguye gusaranyanga urukingo rwa Covid-19 nâibihugu bikennye. Ni nyuma yâaho bamwe mu bayobozi mu bihugu bikennye nâimiryango mpuzamahanga bakomeje kunenga ibihugu bikize birimo nâu Bwongereza, bibishinja gushaka kwikubira inkingo zose za Covid-19. Raab mu kiganiro yagiranye na Evening Standard tariki ya 29 […]
Abacuruza MoMo bashinja MTN kubambura, ubajije ikamufungira âsim cardâ
Hari abatanga serivisi ya âMobile Moneyâ bakorera mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ikigo cyâitumanaho cya MTN kimaze igihe kibambura amafaranga ya komisiyo bagenerwa ku kwezi, ubajije ikibazo cye akaba afungirwa umurongo (sim card). Nkâuko tubikesha RadioTV10, aba bakozi batanga serivisi yo kubika, kohereza no kubikura amafaranga, bavuga ko bamaze kwamburwa na MTN inshuro zirenze […]
Ishyaka riri ku butegetsi ryamaganye abasabira Magufuli indi manda
Ishyaka Chama cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Repubulika ya Tanzania, ryateye utwatsi bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko baribereye abayoboke, batangiye gusaba ko Perezida Dr. John Magufuli yazayobora indi manda. Ni nyuma yâaho aba bagize Inteko baherutse gutanga igitekerezo, basaba ko Itegekonshinga ryavugururwa, Magufuli uri kuyobora manda ya kabiri, akazemererwa kuyobora iya gatatu. […]
Abongereza baturuka mu bihugu birimo u Rwanda, bizajya bibahenda
Umunyamabanga wâu Bwongereza ushinzwe ubuzima, Matt Hancock kuri uyu wa 9 Gashyantare 2021 yatangaje amabwiriza agenewe Abongereza bazajya baturuka mu bihugu 33 birimo u Rwanda, aho bigaragara ko bizajya bibatwara amafaranga atari make. Nkâuko tubikesha Euro News, Hancock yatangaje ko guhera tariki ya 15 Gashyantare, abaturuka muri ibi bihugu mu gihe bageze ku kibuga cyâindege […]
U Rwanda mu maraso, u Rwanda ku mutima_Gwet wahawe ubwenegihugu
Tariki ya 3 Gashyantare 2021 ni bwo Guverinoma yâu Rwanda yatangaje ko yahaye ubwenegihugu abantu batandatu; barimo Yann Gwet ukomoka muri CamĂ©roun hamwe nâumugore we Sidonie Kouam Gwet. Yann Gwet wavukiye mu mujyi wa Douala muri CamĂ©roun mu 1982, ni umunyamakuru, akaba yigisha muri Kaminuza yâu Rwanda, mu ishami ryâItangazamakuru nâItumanaho. Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu […]
Uwarangije kaminuza afite amanota ya mbere, ubu asoroma icyayi (Ubuhamya)
Winny Chebet ni Umunyakenyakazi wâimyaka 27 yâamavuko, akaba akora akazi ka buri munsi ko gusoroma icyayi, kamuhembwa amashilingi y’iki gihugu 110 (amafaranga yâu Rwanda 1000). Uyu mukobwa avuga ko yavukiye mu muryango utishoboye, abona ko ikintu kimwe cyamufasha kugera ku kwigira cyangwa kwifasha, ari ukwiga ashizeho umwete. Yabigenje uko kuva mu mashuri abanza, amanota meza […]
Ibiribwa bihabwa impunzi ziba mu Rwanda bigiye kugabanywaho 60%
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNCHR) irishinzwe ibiribwa (PAM) na Minisitiri y’Ubutabazi mu Rwanda (MINEMA) batangaje ko ibiribwa bihabwa impunzi ziba mu Rwanda bigiye kugabanywa ku kigero cya 60% guhera muri Werurwe 2021. Umuvugizi wa PAM mu Rwanda, Emily Fredenberg yasobanuye ko Isi yahuye n’ibibazo byinshi bigira ingaruka ku nkunga ituruka mu bikorwa byâubutabazi, […]
Umubyeyi wâabana 9 ashinja umuvugabutumwa Igihozo kumutwara umugabo

Umubyeyi wâabana 9 witwa Mukandahiro Violette utuye mu Mudugudu wa Karukoro, Akagari ka Gasharu, Umurenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, arashinja umuvugabutumwa Igihozo Josiane wari inshuti ye kumutwarira umugabo. Mu kiganiro Mukandahiro yagiranye na Big Town TV, yasobanuye uburyo uyu muvugabutumwa wamamaye ku rubuga rwa YouTube yamutwaye umugabo, yitwaje amasengesho bombi bakoranaga. Mukandahiro yabwiye […]
Mu 1993; Inkotanyi zari zafashe igice kinini zahisemo gusubira inyuma
Mu mwaka w’1993, ingabo za RPA (Inkotanyi) zari zaratangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, zigeze kugaba ibitero byamaze igihe kirenga ibyumweru bitanu, zifata igice kinini cy’igihugu ariko nyuma ziza kukirekura, zisubira inyuma mu birindiro byazo. Ni ibitero izi ngabo zatangije tariki ya 8 Gashyantare 1993 nyuma yâaho tariki ya 9 Mutarama 1993 Col. […]
Burundi: Umuyobozi yafatiye ingamba abasore nâinkumi bagenda mu ijoro
Umuyobozi wa Komini ya Gishubi mu Ntara ya Gitega mu Burundi, Nduwayezu Marie Chantal yafatiye ingamba abasore nâinkumi, abagabo nâabagore bagendana mu ijoro nta sano bafitanye. Uyu muyobozi avuga ko yazifashe mu rwego rwo guca uburaya, guharika, gukomeza imiryango nâizindi ngeso zitari nziza. Bitewe nâizi mpamvu, uyu muyobozi yavuze ko umusore nâinkumi bazafatwa mu ijoro […]
RDC: Haravugwa abasirikare 400 batorokanye imbunda nâamasasu
Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), haravugwa abasirikare 400 babaga mu birindiro bya Kamina, bahunganye imbunda nâamasasu. Ni amakuru igitangazamakuru Politico cyo muri iki gihugu kivuga ko cyahawe nâabakora mu nzego zâumutekano, bagitangarije ko aba basirikare âbamaze iminsi bashakishwa, bakaba barabuze.â Umwe muri aba bashinzwe umutekano akeka ko aba basirikare baba barinjiye mu mutwe […]
Muhire yahishuye ko umukunzi we ari we wamuhaye impyiko, ubwo ize zombi zari zirwaye

Tariki ya 23 Nzeri 2020 ni bwo BWIZA yabagejejeho bwa mbere inkuru yâumusore witwa Muhire Jean Claude, ubarizwa mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali; akaba yari rwaye impyiko zombi zagombaga gusimbuzwa kugira ngo akomeze kubaho, umuvuduko ukabije wâamaraso na Anemiya. Icyo gihe yari amaze amezi 17 yivuriza mu bitaro bya Kigali (CHUK), abwira […]
Ababyeyi mu rujijo nyuma yo kumenya ko hari inkunga ya Leta ku banyeshuri bacumbikirwa
Nyuma yâaho tariki ya 4 Gashyantare 2021 Minisiteri yâUburezi itangarije ko Guverinoma igiye gutera inkunga ibigo byâamashuri bya Leta nâibifashwa na Leta bicumbikira abanyeshuri, bamwe mu babyeyi babirereramo bakomeje kuba mu rujijo mu gihe babona bakomeje kwishyuzwa amafaranga y’inyongera, abandi barakomorewe. Inkunga ya Guverinoma nkâuko bigaragara mu ibaruwa ya Minisiteri yâUburezi, ni iyo kugaburira abanyeshuri […]
RwandAir yahagaritse ingendo mu bihugu 3, bitewe nâubwandu bushya bwa Covid-19
Ikigo cyâubwikorezi bwo mu kirere cya RwandAir cyatangaje ko guhera kuri uyu wa 8 Gashyantare 2021 cyahagaritse ingendo zijya mu bihugu bitatu bya Afurika, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ryâubwandu bushya bwâicyorezo cya Covid-19. Ibyo bihugu ni Afurika yâEpfo yabonetsemo ubu bwandu, Zimbabwe na Zambia byegeranye. RwandAir iti: âHashingiwe ku mpungenge zâikwirakwira ryâubwoko bushya bwa […]
Isi ntizarekera gukubitika, Afurika itarabona inkingo za Covid ikeneye- Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko Isi itazarekera gukubitika mu gihe ibihugu biri mu nzira y’iterambere byiganjemo ibyo ku mugabane wa Afurika bitarabona inkingo zâicyorezo cya Covid-19 bikeneye. Ni ubutumwa bukubiye mu gitekerezo cye cyatambutse mu gitangazamakuru The Guardian kuri uyu wa 7 Gashyantare 2021, gihamagarira ibihugu bikize kwemera bigasaranganya inkingo za […]
Dr. Nsanzabaganwa muri Komisiyo ya AU nâitabwa muri yombi rya CSP Kayumba mu nkuru zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 1 Gashyantare; umunsi ngarukamwaka wahariwe intwari zâu Rwanda wizihijwe hifashishijwe ikoranabuhanga hirindwa icyorezo cya Covid-19, kirangira kuri uyu wa 7 Gashyantare 2021, umunsi irushanwa rya CHAN ryarangiriyeho. Ni icyumweru cyaranzwe nâamakuru mu ngeri zitandukanye; haba muri politiki, ubuzima, ubutabera ndetse nâimikino nkâuko tuza kubigaragaza muri iki cyegeranyo cyâinkuru zâingenzi zakiranze. […]
Maroc yegukanye CHAN (Amafoto)

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Maroc ni yo yegukanye irushanwa nyafurika ry’abakinira mu bihugu byabo, CHAN 2020 nyuma yo gutsinda ikipe ya Mali zari zihataniye igikombe. Mu mukino watangiye saa tatu z’ijoro ry’uyu wa 7 Gashyantare, amakipe yombi yarangije igice cya mbere anganya 0-0, icya kabiri nacyo gitangirira mu mujyo w’icya mbere; bigaragara ko bigorana kubona […]
Abamagana ruswa, ni bo bubatsi bayo bakuru_Ibyâingenzi ku gitabo cya Ngozi Okonjo

Mu gitabo âFighting Corruption is Dangerous: The Story Behind the Headlinesâ kirimo ubuhamya bwa Ngozi Okonjo-Iweala wabaye Minisitiri wâImari muri Nigeria (ubu ahatanira kuyobora Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe ubucuruzi), yasobanuye uburyo bamwe mu bahirimbanira kurwanya ruswa ku mugabane wa Afurika, ari bo baza ku isonga mu kuyirya no kuyitanga; abagerageza kuyirwanya, bagahura nâakaga gakomeye. Mu mvugo […]
Centrafrica: Abagore mu ngabo zâu Burundi ku burinzi
Muri iki gihe Repubulika ya Centrafrica irimo ibibazo byâumutekano muke uterwa nâimitwe yitwaje intwaro, hariyo ingabo zâUmuryango wâAbibumbye ziri mu butumwa bwâamahoro (MINUSCA), izâigihugu ndetse nâizindi zoherejwe ku masezerano ya Guverinoma yâiki gihugu nâibindi nkâu Rwanda nâu Burusiya; ziri gufatanya mu kugarurayo ituze nâumutekano. MINUSCA isobanura kuri muri izi ngabo, harimo n’abagore; abo bakaba bari […]
2018/2019: WASAC yahombeje Leta miliyoni 49, Akarere ka Musanze kayihombya ibihumbi 20
Umutwe wâAbadepite mu Nteko Ishinga Amategeko yâu Rwanda watangaje ko Komisiyo yâImibereho yâAbaturage yasesenguye ibikorwa bya Komisiyo yâIgihugu ishinzwe abakozi ba Leta mu mwaka wâ2018/2019, isanga Ikigo cyâIgihugu gishinzwe amazi, isuku nâisukura (WASAC) cyarahombeje Leta amafaranga arenga miliyoni 49, mu gihe Akarere ka Musanze ko kayihombeje ibihumbi 20. Bigaragara ku mugereka wâibaruwa yo ku wa […]
Gen. Rwigema yigeze gushavuzwa nâimirambo myinshi yâabo bari bahanganye; abandi babyina intsinzi
Nyakwigendera Maj. Gen. Fred Gisa Rwigema yabaye umusirikare wâicyitegererezo muri Uganda no mu Rwanda; ku buryo abo muri ibi bihugu byombi bagishimangira ubutwari bwamuranze mu gihe yari akiriho, cyane cyane kuva mu 1982 ubwo yayoboraga ibitero nkâumwe mu bakuru mu ngabo za NRA (National Resistance Army) kugeza mu 1990; umwaka yatabarukiyeho hashize umunsi atangije urugamba […]
Gicumbi: Batanu bafashwe binjiza Kanyanga bayivanye muri Uganda
Polisi yâu Rwanda ishinzwe kurwanya magendu ku wa 5 Gashyantare 2021 yafatiye abantu batanu bazwi nkâAbarembetsi mu Kagari ka Nyaruhanga, Umurenge wa Rushaki, Akarere ka Gicumbi, bambukiriza Kanyanga mu nzira yâubusamo bayivanye muri Uganda. Nkâuko tubikesha urubuga rwa Polisi yâu Rwanda, Umuvugizi wâuru rwego mu Ntara yâAmajyaruguru, CIP Alex Rugigana yavuze ko abafashwe ari: Barakagira […]
CHAN: Ibyishimo kuri Guinea yegukanye umwanya wa 3 (Amafoto)

Abakinnyi bâikipe ya Guinea yâumupira wâamaguru bagaragaje ibyishimo byinshi nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu wâirushanwa nyafurika ryâabakinira mu bihugu byabo (CHAN) kuri uyu wa 6 Gashyantare 2021. Iyi kipe yegukanye uyu mwanya itsinze iya Cameroon yakiriye iri rushanwa ibitego 2-0, byatsinzwe na Morlaye Sylla ku munota wa 9 na Mamadouba Bangoura ku munota wa […]
Gisagara: Amwe mu mashuri yishyuje amafaranga yâinyongera, asabwa kuyasubiza
Ubuyobozi bwâAkarere ka Gisagara bwategetse abayobozi bâibigo byâamashuri bicumbikira abanyeshuri, bishyuje ababyeyi amafaranga yâinyongera hashingiwe ku minsi yongerewe ku gihembwe cya kabiri, ko bayabasubiza cyangwa se bakayabarira mu yo bazishyura mu gihembwe cya gatatu. Ni nyuma yâaho kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021, Minisiteri yâUburezi yandikiye abayobozi bâuturere ibamenyesha ko igiye kunganira ibigo byâamashuri bya […]
Leta yageneye buri munyeshuri wiga acumbikirwa 25,000 rwf yo kumutunga
Guverinoma yâu Rwanda ibinyujije muri Minisiteri yâUburezi kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 yatangaje ko yafashe ingamba zo kunganira amashuri yisumbuye nâayâubumenyi ngiro muri gahunda yo kugaburira abana, bitewe nâuko igihembwe bari kwiga cyabaye kirekire kuruta uko byari bisanzwe. Amashuri agomba kunganirwa ni aya Leta ndetse nâafashwa na Leta ku bwâamasezerano acumbikira abanyeshuri. Iti: âNkâuko […]
Perezida Tshisekedi ashobora kuba yimukiye i Goma mu gihe cya vuba
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ashobora kwimukira mu mujyi wa Goma byâagateganyo mu gihe gito kiri imbere, kugira ngo abe agenzura uko ingabo zâigihugu ziri kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Ni mu rwego rwo kubahiriza isezerano uyu Mukuru wâIgihugu yahaye abatuye mu burasirazuba bwâigihugu, ubwo yasuraga umujyi wa Sake wegeranye na Goma […]
Mu Kuboza 2019: Byari byitezwe ko umubano wâu Rwanda na Uganda usubira mu buryo bidatinze

Byageze mu Kuboza 2019 hashize hafi umwaka ibibazo biri hagati yâu Rwanda na Uganda bigiye hanze, ubuhahirane hagati yâabatuye ibihugu byombi bwakenderaga ndetse n’imigenderanire itakiriho. Ni nyuma yâaho mu ntangiriro zâ2019, Leta yâu Rwanda yabujije abaturage bayo kujya muri Uganda, ishingiye ku makuru yâuko hari Abanyarwanda bakomeje gufungirwayo mu buryo bunyuranyije nâamategeko, bakanahohoterwa mu buryo […]
Amafoto: Ibyishimo ni byose ku ngabo za CAR zigaruriye uduce twa Bossembélé

Ingabo za Repubulika ya Centrafrika (CAR) kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 zigaruriye uduce twa Boda, Bangadou n’utudukikije mu Karere ka BossembĂ©lĂ© kari karigaruriwe nâihuriro ryâimitwe yitwaje intwaro, irwanya ubutegetsi buriho. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri wâIntebe wa Centrafrika, Firmin NgrĂ©bada kuri uyu munsi, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze. Aha yagize ati: “Ku butegetsi bwa Perezida […]
U Burundi bwakatiye icya burundu abashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza
Ubutabera bwâu Burundi kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 bwakatiye abantu 34 bushinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza muri Gicurasi 2015 igifungo cya burundu, badahari. Nkâuko Radio Ijwi rya Amerika ibivuga, bashinjwaga nâibindi byaha birimo kwica no gusenya ibikorwa bitandukanye mu Burundi. Usibye iki gihano, aba bose uko ari 34 ngo bagomba gutanga indishyi […]
Minisitiri Ngamije yiyemeje kuzaterwa urukingo rwa Covid-19 mbere, amara impungenge abarushidikanyaho
Minisitiri wâUbuzima, Dr. Daniel Ngamije kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 yatangaje ko yiteguye kuzaterwa urukingo rwa Covid-19 mbere yâabandi baturarwanda, mu buryo bwo kumara impungenge abashidikanya ku buziranenge bwarwo. Nkâuko Igihe babitangaje, iri ni isezerano yatangiye mu kiganiro we nâabarimo Dr. Matshidiso Moeti uhagarariye Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) ku mugabane wa Afurika, […]
EAC: Ibihugu bine ni byo bizahabwa inkingo za Covid-19
Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) watangaje byâagateganyo uburyo uzatanga inkingo zâicyorezo cya Covid-19 mu mwaka wâ2021 muri gahunda ya Covax; ibihugu bine muri 6 biri mu Muryango wâAkarere ka Afurika (EAC) bikaba biri ku rutonde rwâibizaruhabwa. Ibihugu bizahabwa uru rukingo muri EAC nkâuko bigaragara ku mbonerahamwe ni u Rwanda ruzakira doze 996,00, Kenya izakira […]