Urupfu rwa Ambasaderi w’u Butaliyani muri RDC, inama ya EAC,…mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 22 Gashyantare 2021, cyaranzwe n’amakuru arimo arebana n’ubutabera, politiki, umutekano n’ubuzima nk’uko bisanzwe. Cyumvikanyemo inkuru y’incamugongo ku Bataliyani, y’urupfu rwa Ambasaderi wabo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wishwe arashwe, gisubukurwamo urubanza rwa Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa, haba n’Inama yahuje Abakuru b’Ibihugu bya EAC. Ni izikurikira: Urupfu rwa Ambasaderi […]

Al Jazeera yasobanuye uko yabonye ‘amakuru y’ibanga’ yerekeye Rusesabagina

Tariki ya 26 Gashyantare 2021 ni bwo igitangazamakuru Al Jazeera cy’Abanya-Qatar cyatangaje ko Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru y’u Rwanda, Busingye Johnston yatangaje ko Leta yishyuye indege yazanye Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, imukuye i Dubai. Nk’uko bigaragara mu mashusho, Minisitiri Busingye yabitangarije umunyamakuru Marc Lamont Hill mu kiganiro bagiranye mu minsi ibiri ikurikiranye. Ubwo […]

U Rwanda rurateganya kubakira imiryango igera ku 14,000 yimuwe n’ibiza

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo kubakira imiryango igera ku 14,000 yimuwe n’ibiza. Byatangajwe na Habinshuti Philippe ushinzwe ubutabazi no gusana ibyangijwe n’ibiza, ubwo yavugaga ku bibazo byatewe n’ibiza mu gihe gishize ndetse n’iteganyagihe ryo kuva muri Werurwe kugeza muri Gicurasi 2021, nk’uko The New Times ibivuga. Habinshuti […]

U Buhinde: Indi sake yishe shebuja, itabwa muri yombi

Isake yari yambitswe ibyuma ngo ijye mu mirwano na ngenzi zayo, yiciye shebuja mu gace ka Lothunur kari muri Leta ya Telangana mu Buhinde, Polisi y’igihugu iyita muri yombi. Amakuru dukesha BBC avuga ko iyi sake yahungaga iyi mirwano, shebuja wageragezaga kuyifata yamuteye icyuma gifite uburebure bwa santimetero 7 hafi mu rukenyerero, avirirana amaraso kugeza […]

RDC: Abayobozi bakomeje kuvuguruzanya bitewe n’urupfu rwa Ambasaderi w’u Butaliyani

attanas.jpg

Abayobozi mu biro bya Minisitiri w’Intebe akaba na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bakomeje kuvuguruzanya bitewe n’urupfu rwa Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Attanasio n’abandi babiri. Ambasaderi Attanasio, umurinzi we ndetse n’umushoferi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (UN) rishinzwe ibiribwa (PAM) biciwe muri Gurupoma ya Kibumba, Teritwari ya Nyiragongo hafi ya Pariki ya […]

Umurambo wa Padiri Ubald wagejejwe mu Rwanda

imodoka_yari_izajye_umurambo_wa_ubald_iwuvanye_i_kanombe_iwujyana_kacyiru-098f7.jpg

Umurambo wa Padiri Ubald Rugirangoga waraye ugejejwe mu Rwanda, nyuma y’ukwezi n’igice kurenga apfiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Amakuru dukesha Igihe avuga ko uyu murambo wagejejwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe ahagana saa mbiri z’uyu wa 27 Gashyantare 2021, wakirwa n’abarimo abavandimwe ba Ubald, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya […]

Burundi: Umukobwa yagiye gukorerwa ‘surprise’ y’ibirori by’isabukuru, apfirayo

Umukobwa w’Umurundikazi witwa Mushimiyimana Jacqueline ku wa 24 Gashyantare 2021 yagiye gukorerwa ‘surprise’ (itungurana) y’ibirori by’isabukuru y’amavuko, apfirayo. Nk’uko urubuga Jimbere Magazine rubivuga, Mushimiyimana yari yujuje imyaka 19 y’amavuko. Umuryango we wasazwe n’agahinda, watangaje uti: “Yari yujuje imyaka 19 kuri uyu wa 24 Gashyantare 2021. Bagenzi be bari bamuteguriye umunsi mukuru ku mugoroba. Amaze kugera […]

Ubuhamya bwa Ashley Judd watabawe n’Abanyekongo, ubwo yari mu kaga

ashley_judd_1614342407171898.jpg

Umukinnyi wa filimi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ashley Judd yahishuye ibihe bikomeye yanyuzemo ubwo yari yavunikiraga ukuguru mu ishyamba ryo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Abakongomani bakamutabara. Yabitangarije ku rubuga rwe rwa Instagram tariki ya 16 Gashyantare 2021, bikurura amarangamutima ya benshi batahwemye gukomeza gushima umutima wa kimuntu w’aba Banyekongo. […]

Minisitiri Busingye yahishuye ko u Rwanda rwishyuye indege yazanye Rusesabagina

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston yahishyuye ko Leta y’u Rwanda ari yo yishyuye indege yazanye Paul Rusesabagina ushinjwa ibyaha by’iterabwoba. Yabitangarije umunyamakuru Mark Lamont Hill wa Al Jazeera mu kiganiro UpFront, cyagiye ahagaragara kuri uyu wa 26 Gashyantare 2021. Uyu munyamakuru yabajije Minisitiri Busingye ibijyanye n’imigendekere y’urubanza rwa Rusesabagina, uburenganzira bwe […]

Ntabwo urukingo rwa Covid-19 ruryana_Umwamikazi Elizabeth

Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II yasabye abaturage kwemera guterwa urukingo rwa Covid-19 ku bwo kwirinda no kurinda n’abandi, cyane ko “rutaryana”. Nk’uko tubikesha BBC, uyu mwamikazi yabitangarije abakozi mu nzego z’ubuzima bashinzwe kugeza inkingo za Covid-19 mu bice bitandukanye by’igihugu, mu gihe hari inzitizi z’abafite ubwoba bwo kuziterwa. Elizabeth II avuga ko abantu batakabaye baterwa […]

Ihungabana ku bana b’abahungu basambanywa ku ngufu

Bamwe mu bahungu basambanyijwe bakiri bato bavuga ingaruka byagize ku buzima bwabo, zirimo ihungabana, indwara zidakira ndetse no guhezwa mu miryango ngabo; bagasaba ko iki kibazo cyahagurukirwa mu buryo bwihariye. Babiri muri bo baganiriye n’umunyamakuru w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA) bamuhaye ubuhamya bw’uko basambanyijwe n’ab’igitsina gabo bavuga ko bari bakuru, babanje kubashuka. Umusore w’imyaka 18 y’amavuko […]

Haramenyekana niba Rusesabagina akomeza kuburanira mu Rwanda

Urubanza ‘mu mizi’ rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa ibyaha by’iterabwoba byitezwe ko rurakomeza guhera saa mbiri n’igice z’igitondo cy’uyu wa 26 Gashyantare 2021. Nk’uko byagenze tariki ya 17 Gashyantare 2021, ruraburanishwa n’Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, gusa rubere mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga. Ubwo urubanza rwatangiraga kuburanishwa mu mizi tariki ya […]

RDC: Ambasaderi wa EU yamaganye abavuga ko uw’u Butaliyani yishwe agiye mu birombe

screenshot_20210225-134323_1.png.jpg

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Jean-Marc ChĂąntaigner yamaganye abatangaje ko uw’u Butaliyani aherutse kwicwa yari agiye mu birombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Attanasio yicanywe n’umurinzi we, Vittorio Lacovacci n’umushoferi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM), Mustapha Milambo tariki ya 22 […]

Perezida Kenyatta yagaragaye atembera wenyine, nta murinzi

pokodi.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yagaragaye mu murwa wa Nairobi, atembera wenyine, nta murinzi, bitandukanye n’ibisanzwe ku muntu w’umunyacyubahiro, by’umwihariko Umukuru w’Igihugu. Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filimi, Pascal Tokodi wabonye Perezida Uhuru watemberaga afite inkoni mu kuboko kw’ibumoso, yabashije kumufata videwo, ayisakaza ku mbuga nkoranyambaga ze. Tokodi wari mu modoka, yatunguwe no kubona uyu Mukuru […]

U Rwanda rwoherereje u Burundi izindi mpunzi 1208

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Burundi n’iterambere ry’abaturage yatangaje ko u Rwanda rwoherereje iki gihugu izindi mpunzi zacyo 1208 kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 binyuze mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR). Nk’uko ikomeza ibivuga, izi mpunzi zakiriwe ku mupaka wa Gasenyi-Nemba uhuza Intara y’Iburasirazuba ku ruhande rw’u Rwanda n’iya Kirundo ku ruhande rw’u […]

RDC: Umuyobozi watangaje ko FDLR yishe Ambasaderi w’u Butaliyani, yirukanwe

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yirukanye umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wungirije/Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, Bulakali Mululunganya Aristide azira gusinya no gusohora itangazo rishinja umutwe witwaje intwaro wa FDLR kwica Ambasaderi w’u Butaliyani n’abandi babiri. Bigaragara mu itangazo rya Minisitiri wungirije ushinzwe umutekano w’imbere, Innocent Bokele Walaka, yasinye ku wa […]

Abacungagereza 177 bazamuwe mu ntera

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aherutse kuzamura mu ntera abacungagereza 177 bari mu byiciro bitandukanye by’amapeti. Bigaragara mu Iteka rya Perezida No 07/01 ryo ku wa 05/02/2021 riri mu Igazeti ya Leta Idasanzwe yo ku wa 10/02/2021, yaciye ashingiye ku Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane mu […]

Abatazemera impinduka za WhatsApp bazamburwa ububasha bwo kuyikoresha

Tariki ya 6 Mutarama 2021 ni bwo ikigo cya WhatsApp Inc. gifite mu nshingano urubuga rwa WhatsApp cyatangaje ko tariki ya 8 Gashyantare kizakora ivugurura rigamije kunoza itumanaho hagati y’abarukoresha n’ibigo by’ubucuruzi. Aya makuru yaciye igikuba mu bakoresha uru rubuga babarirwa muri miliyari ebyiri, bitewe n’uko baketse ko iki kigo kigiye kujya giha ibi bigo […]

Afurika: Igihugu cya mbere cyakiriye inkingo za Covax

Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) watangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Gashyantare 2021 Ghana yakiriye inkingo za Covid-19 muri gahunda ya Covax, kikaba ari cyo gihugu cya mbere cya Afurika kizibonye. Nk’uko OMS ibivuga, Ghana yakiriye inkingo 600,000 muri iki cyiciro cya mbere, ikaba ari intambwe itanga icyizere ko iki cyorezo […]

Rutsiro: Inyubako y’Akarere yatashywe mu 2016 irava, bamwe bayikoreragamo barimutse

screenshot_20210224-103514_2.png.jpg

Inyubako y’ibiro by’Akarere ka Rutsiro yatashwe muri Kamena 2016 ubu irava, bamwe mu bayitangiragamo serivisi bakaba barayivuyemo, bimukira ahandi mu bukode. Igitangazamakuru Rwanda News 24 kivuga ko ubu abamaze kuva muri iyi nyubako y’igorofa rigeretse kabiri ari abakora mu mushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Sebeya, kuko aho bakoreraga imvura yarahabasangaga. Iki gitangazamakuru kandi cyatangaje […]

Amafoto: Ingabo za CAR zahawe imodoka z’intambara

fb_img_16141403607247009.jpg

Perezida wa Repubulika ya Centrafrica (CAR) akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Faustin Archange TouadĂ©ra kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 yashyikirije ingabo z’iki gihugu imodoka z’intambara. Ni muhango wabereye ku kigo cy’imitozo ya gisirikare, witabiriwe n’abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za CAR, Maj. Gen. Zephyrin Mamadou. Perezida TouadĂ©ra washyikirije ingabo za CAR izi ntwaro Izi ngabo zishyikirijwe ibi […]

Perezida Kagame yongeye gushinja ibihugu bikize uburyarya

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 yongeye gushinja ibihugu bikize uburyarya mu gushaka inkingo z’icyorezo cya Covid-19. Ni igitekerezo Umukuru w’Igihugu ku nkuru y’igitangazamakuru Al Jazeera, ivuga ku buryo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom atewe impungenge n’uko ibihugu bikize bikomeje kwikubira inkingo […]

Dr. Bakili wayoboye Malawi yigeze gusaba abaturage kumutora, bose abasezeranya kubagurira inkweto

Dr. Bakili Muluzi ni umunyapoliki wabaye Perezida wa Malawi kuva mu 1994 kugeza mu 2004, akaba umwe mu bantu banditse amateka muri iki gihugu bitewe n’amagambo ashukashuka abaturage. Ubwo yiyamamarizaga manda ya mbere nk’Umukuru w’Igihugu mu 1994 nk’uko ibitangazamakuru nka Malawi 24 bibyemeza, Dr. Bakili yasabye abaturage bose kumutora, bakamugeza ku ntsinzi. Yababwiye ko mu […]

RDC: Umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi yamaganye ijambo Beya aherutse kuvugira mu Rwanda

Perezida w’agateganyo w’ishyaka UPDS riri ku butegetsi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Jean-Marc Kabund kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 yatangaje ko yamaganye ijambo François Beya aherutse gutangariza mu Rwanda. Beya usanzwe ari umujyanama wihariye mu by’umutekano wa Perezida wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi aheruka mu Rwanda, ubwo yari ayoboye intumwa zageze muri iki gihugu […]

Abapolisi 146 birukanwe burundu, abandi 240 basezererwa nta mpaka

Abapolisi 146 bato n’abo ku rwego rwa su-ofisiye mu gipolisi cy’u Rwanda tariki ya 16 Gashyantare 2021 barirukanwe, abandi 240 na bo bari muri izi nzego basezererwa nta mpaka. Bigaragara mu mateka ya Minisitiri w’Ubutabera No 001/MOJ/AG/21 na No 002/MOJ/AG21 yo ku wa 13/02/2021, aboneka mu Igazeti ya Leta Idasanzwe yasohotse ku wa 16 Gashyantare […]

Impaka ku mafaranga byavuzwe ko azajya asabwa abashaka gukora ubucuruzi bwo kuri interineti

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) tariki ya 19 Gashyantare 2021 rwatangarije abakora ubucuruzi bwo kuri interineti banatanga serivisi zo kugeza ibicuruzwa ku baguzi (e-commerce), ko ruri gutegura umushinga mushya ugenga iyandikwa ryabwo. Ni mu nama yahuje uru rwego n’ibigo bikora ubu bucuruzi bikanatanga iyi serivisi, kuri uwo munsi. Nk’uko bigaragara mu nyigo y’uyu mushinga, ushaka gukora […]

U Burusiya bwageneye Afurika doze miliyoni 300 z’urukingo rwa Covid-19

Guverinoma y’u Burusiya yageneye umugabane wa Afurika doze miliyoni 300 z’urukingo Sputnik V rwa Covid-19, binyuze mu itsinda ryihariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) washyizeho rishinzwe gukusanya inkingo z’iki cyorezo, AVATT (Africa Vaccine Acquisition Task Team). Nk’uko tubikesha The East African, aya makuru yemejwe n’Umuyobozi w’ikigo cya Afurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara (Africa […]

Nta gihindutse, Perezida w’u Bufaransa azasura u Rwanda mu gihe cya vuba

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ateganya gusura Rwanda hagati ya Mata na Gicurasi 2021 ubwo iki gihugu kizaba kiri mu bihe by’iminsi 100 yo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27. Jeune Afrique dukesha aya makuru yatangaje ko uru ruzinduko rwa Perezida Macron ruzakurikira urwo azagirira muri Angola no muri Afurika y’Epfo. Gusa ariko […]

RDC yemeje ko FDLR ari yo yishe Ambasaderi w’u Butaliyani n’abandi babiri

fdlr.png

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yemeje ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ari wo wishe Ambasaderi w’u Butaliyani muri, Luca Attanasio, umurinzi we w’Umutaliyani, Vittorio Iacovacci n’umushoferi w’Umunyekongo, Mustapha Milambo. Byemejwe n’Umuyobozi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wungirije wa RDC ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, Aristide Bulakali Mululunganya, mu itangazo […]

RDC/Andi makuru: Ambasaderi w’u Butaliyani n’umurinzi bishwe ubwo bari bashimuswe

eu09rscxcaemjxq_1.jpg

Mu masaha make ashize ni bwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hamenyekanye inkuru y’urupfu rwa Ambasaderi w’u Butaliyani muri iki gihugu, Luca Attanasio, umujandarume w’Umutaliyani wamurindaga, Vittorio Iacovacci ndetse n’umushoferi w’Umunyekongo utaratangarizwa amazina. Byabereye ku muhanda uva muri Goma werekeza muri Teritwari ya Rutshuru, mu gace ka Kanyamahoro, hafi ya Pariki ya Virunga, mu […]

RDC: Ambasaderi w’u Butaliyani n’abandi babiri, bishwe barashwe

eu09rscxcaemjxq.jpg

Ambasaderi w’u Butaliyani muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Luca Attanasio kuri uyu wa 22 Gashyantare 2021 yishwe arashwe n’abitwaje intwaro. Ni amakuru amaze kwemezwa na Radio Okapi, yatangaje ko Ambasaderi Attanasio yiciwe mu muhanda wa Goma-Rutshuru mu gace ka Kanyamahoro kegereye Pariki ya Virunga. Hishwe kandi umujandarume (gendarme) w’Umutaliyani wamurindaga ndetse n’umushoferi we, bombi […]

Kuvuga ko atari Umunyarwanda nta mahirwe byamuha_Me Evode kuri Rusesabagina

Umunyamategeko Me Evode Uwizeyimana usanzwe ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasobanuye ko Paul Rusesabagina wavuze ko atari Umunyarwanda, nta mahirwe byamuha mu rubanza rwe rwatangiye kuburanishwa mu mizi. Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, yatangiye kuburana mu mizi tariki ya 17 Gashyantare 2021, atanga imbogamizi z’uko urukiko rw’u Rwanda rudafite ububasha bwo kumuburanisha kubera […]

Umubyeyi wa ApĂŽtre Gitwaza yapfuye

screenshot-20210222-093520-whatsapp-4735111613979697.jpg

ApĂŽre Dr. Paul Gitwaza washinze akaba anayoboye umuryango wa Authentic World Ministries ubarizwamo itorero rya Zion Temple Celebration Center, yatangaje ko umubyeyi we, Nyirabasabaga LĂ©ah yapfuye. ApĂŽtre Gitwaza yabitangarije ku rubuga rwa WhatsApp mu rukerera rwo kuri uyu wa 22 Gashyantare 2021, aho yagize ati: “RIP (ruhukira mu mahoro) Mama tuzagukumbura.” Ni amakuru ApĂŽtre Gitwaza […]

RDC: Abakomando 1800 boherejwe i Lubumbashi

euz1eyuwyai6qfu.jpg

Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zishinzwe kurinda abayobozi bakuru uzwi nka Garde RĂ©publicain muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Gen. Maj. Christian Tshiwewe Songesha yohereje abakomando be bagera mu 1800 mu mujyi wa Lubumbashi mu Ntara ya Haut-Katanga. Nk’uko ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bibyemeza, aba bakomando boherejwe mu byiciro bibiri; kimwe cyageze i Lubumbashi tariki […]

Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Gashyantare 2021 cyaranzwe n’amakuru yiganjemo ay’ubutabera burebana n’u Rwanda, aho Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba yaburanishijwe mu mizi, Idamange wari warateje impaka atabwa muri yombi. Ni akurikira: Niyomwungere yahishuye uko yashutse Rusesabagina Habura umunsi umwe ngo urubanza ‘mu mizi’ rwa Rusesabagina rube, ibitangazamakuru LibĂ©ration na Jeune Afrique byatangaje uko Pasiteri […]

ADEPR yashyizeho abashumba b’indembo nshya

camscanner_02-21-2021_13.55-page-001-2c1f1_1_.jpg

Komite y’inzibacyuho y’itorero ADEPR kuri uyu wa 21 Gashyantare 2021 yatangaje abashumba b’indembo nshya zose uko ari icyenda. Ni nyuma y’amezi akabakaba abiri ikuyeho amatorero y’uturere n’indembo eshanu yari isanganwe, igashyiraho izindi ndembo zivuguruye zirimo urwa Kigali, urwa Gicumbi, urwa Muhoza, urwa Gihundwe, urwa Huye, urwa Rubavu, urwa Ngoma, urwa Nyagatare n’urwa Nyabisindu. Pasireri Rurangwa […]

Leta ntiyigeze ibuza abaturage kwambara udupfukamunwa_Magufuli

Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli kuri uyu wa 21 Gashyantare 2021 yavuze ko Leta ye itigeze ibuza abaturage kwambara udupfukamunwa mu buryo bwo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Yabitangarije abakirisitu bateraniye muri misa yabereye muri Kiliziya, Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Petero, iherereye mu mujyi wa Dar es Salaam. Itangazo ryasohowe n’Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru […]

U Rwanda rugiye kwakira inkingo 1,098,960 za Covid-19, zizaterwa abantu 549,480

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko hari icyizere ko mu mpera z’uku kwezi, inkingo 1,098,960 zizagera mu Rwanda, hagatangira igikorwa cyo gukingira icyorezo cya Covid-19. Yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku kigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA), kuri uyu wa 20 Gashyantare 2021. Minisitiri Ngamije yavuze ko igikorwa cyo gukingira kizaba mu byiciro bitewe n’uko inkingo na […]

Umubyeyi wa Ronaldinho yishwe na Covid-19

Umubyeyi w’umunya-Brasil Ronaldinho Gaucho wamamaye mu mupira w’amaguru ku Isi, Dona Miguelina ElĂłi Assis dos Santos), yishwe n’icyorezo cya Covid-19. Inkuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi yatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Amerika, yemezwa n’imbuga zirimo urwa FC Barcelona; ikipe Ronaldinho yamaze igihe akinira. Dona Miguelina wari ufite imyaka 71 y’amavuko, yanduye icyorezo cya Covid-19 mu Kuboza 2020, avurirwa […]

Umwana w’imyaka 18 utakwigurira ipantaro ntacyo amaze_Perezida Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu butumwa yageneye urubyiruko arushishikariza gukora rukiteza imbere, yavuze ko umwana w’imyaka 18 y’amavuko utashobora kwigurira ipantaro, ntacyo amaze. Uyu Mukuru w’Igihugu muri videwo dukesha Mashariki TV, avuga ko mbere umwana yororaga urukwavu , inkoko cyangwa ihene, akabasha kwigurira ikabutura none ngo ubu usanga aba ategereje ngo umubyeyi ayimugurire. Ati: […]

Ibiseke n’imitemeri byubitse byagaragaye muri Miss Rwanda 2021, biribazwaho

Kuri uyu wa 20 Gashyantare 2021 ni bwo hamenyekanye abakobwa 37 bahagararira abandi mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda) ryo muri uyu mwaka, batoranyijwe mu barenga 400 biyandikishije ngo baryitabire. Gusa mu mitegurire y’umuhango wo gutanagaza aba bakobwa, hagaragaye ibiseke ndetse n’imitemeri byifashishijwe nk’imitako byubitse; bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga babifata nk’amahano, bibaza […]

Amafoto: Ingabo za CAR, u Rwanda n’u Burusiya zafashe Bambari yose, abaturage babyina intsinzi

ouaka2.png

Abaturage bo mu karere ka Bambari muri Repubulika ya Centrafrica bigabije imihanda babyina intsinzi nyuma y’aho ingabo z’iki gihugu ku bufatanye n’iz’u Rwanda ndetse n’u Burusiya zari zimaze gufata aka karere kose. Mu rugamba rwo guhashya imitwe yitwaje intwaro yari yarigaruriye igice kinini cy’igihugu, ingabo za CAR ku bufatanye n’iz’u Rwanda ndetse n’u Burusiya, zikomeje […]

Kigali: Amashuri na za kaminuza byemerewe kongera gukora

cab1-2.jpg

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 19 Gashyantare 2021, yemeje ko amashuri yose arimo na za kaminuza, yongera gufungura guhera ku wa 23 Gashyantare. Ni nyuma y’aho amashuri (ay’incuke, abanza, ayisumbuye) na za kaminuza biri mu mujyi wa Kigali byari byafunze guhera tariki ya 18 Mutarama 2021 hashingiwe ku cyemezo cy’Inama y’Abaminisitiri yari yateranye ku […]

RDC-Amafoto: Imyigaragambyo kuri Ambasade y’u Rwanda

eulfr_fxeamo_la.jpg

Abayoboke b’ishyaka ECIDĂ© ry’umunyapolitiki Martin Fayulu wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bakoreye imyigaragambyo mu mujyi wa Kinshasa, bagera kuri Ambasade y’u Rwanda. Aba biganjemo urubyiruko bavuga ko impamvu y’iyi myigaragambyo ari “ukwamagana” Ambasaderi w’u Rwanda muri RDC, Vincent Karega, bashinja gutuka Fayulu. Amafoto aturuka muri RDC yiganjemo ayo dukesha imboni y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza […]

Kayonza: Umujura yakaswe ikiganza kivaho, agerageza kwiba

Umuturage witwa Rugwiro Primier utuye mu Mudugudu wa Rwakigeri, Akagari ka Cyinzovu, Umurenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza aravuga ko yakase ikiganza cy’umujura wageragezaga kumbwiba. Nk’uko Rugwiro n’ubuyobozi bw’Umudugudu wa Rwakigeri babivuga, byabaye mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira uwa 17 Gashyantare 2021. Uyu muturage uvuga ko yazengerejwe n’abajura bamaze kumwiba inshuro nyinshi […]

Nyuma ya Centrafrica, Perezida wa FIFA ari mu Rwanda

infant1.jpg

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino ari mu Rwanda, aho amaze gufungura icyicaro cyaryo ku rwego rw’akarere muri iki gihugu. Nk’uko RBA ibyemeza, uyu muhango witabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, (Rtd) Brig. […]

Perezida Tshisekedi yakiriye abahagarariye igisirikare cya Uganda mu biro bye

rwandardc.jpg

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa 18 Gashyantare 2021 yakiriye mu biro ibye intumwa zihagarariye igisirikare cya Uganda mu biro bye, i Kinshasa. Izi ntumwa zari zihagarariwe n’Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Uganda, Lt. Gen. Mbadi Mbasu Wilson, zikaba zaganiriye na Tshisekedi ku bibazo birebana n’umutekano w’ibihugu byombi […]

Abasirikare ba Uganda bahohoteye abanyamakuru, mu mapingu

updf2-2.jpg

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyatangaje ko cyataye muri yombi abasirikare barindwi bahohoteye abanyamakuru bari baherekeje umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu ubwo yari yagiye kurega Leta ku biro bya Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu. Uyu munyapolitiki uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine ashinja inzego z’umutekano za Uganda gutera ibiro by’ishyaka rye, NUP (National Unity […]

Musafiri aringingira umuhanuzi Mama Vanessa kwibuka abana yamutanye

papa_vanessa-2.jpg

Musafiri Pascal, umugabo w’isezerano w’umuhanuzi Mukanyirigira Gloriose uzwi nka Mama Vanessa ari mu gahinda gakomeye ko kugorwa no kwita ku bana batandatu (umukuru afite imyaka 18) uyu mugore yamutanye, bikagera n’aho ajya yihekera umuto muri bo. Inkuru y’uko Mama Vanessa yataye Musafiri n’abana, yamenyekanye muri Mutarama 2021, aho umugabo asobanura ko uwari umugore we yamutaye […]

Amafoto: Inkingi y’amayobera yahuruje imbaga muri Kinshasa, ntibazi nyirayo

fb_img_16136358243428722.jpg

Mu cyumweru gishize mu gace ka Bandalungwa ku muhanda witiriwe Kasa-Vubu mu mujyi wa Kinshasa ho muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hagaragaye inkingi y’amayobera (monolithe) yishinze mu butaka. Gusa inkuru y’iki nkingi ya mpandeshatu ibonerana byatangiye kuvugwa cyane kuri uyu wa 18 Gashyantare 2021 ku mbuga nkoranyambaga, ubwo abantu benshi barimo na Guverineri wa […]

Ingabo z’u Rwanda zinyomoza abavuga ko ziri mu kaga i Bangui

Mu mpera za Mutarama 2021, Martin ZiguĂ©lĂ© wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Centrafrica yatangaje ko ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya CPC (Coalition of Patriots for Change) ryafashe kimwe cya gatatu (1/3) cy’iki gihugu. Icyo gihe kandi ZiguĂ©lĂ© yatangaje ko isaha ku isaha hashobora kumvikana inkuru y’ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Faustin TouadĂ©ra kuko ngo […]

RDC: Bari gutegura imyigaragambyo, ngo Ambasaderi Karega ‘yatutse’ Fayulu

Urubyiruko rwayobotse ishyaka rya ECIDĂ© rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 19 Gashyantare 2021 ruzakora imyigaragambyo yamagana Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, bashinja gutuka Perezida wabo Martin Fayulu. Nk’uko tubikesha 7 sur 7, Umunyamabanga wa ECIDĂ© uhagarariye urubyiruko, Serge Welo yatangaje ko bamenyesheje Guverineri wa Kinshasa n’abandi […]

Rusesabagina yongeye gushimangira ko atari Umunyarwanda

Urubanza ruburanishwa mu mizi rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba rwatangiye mu masaa mbiri y’uyu wa 17 Gashyantare 2021, rurakomeje. Perezida w’Iburanisha yasomye imyirondoro y’abaregwa , ubwo yageraga kuri Rusesabagina, yamubajije ati: “Umwirondoro wasomwe ni uwawe?” Uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko, yasubije ati: “Murakoze cyane nyakubahwa Perezida. Ndagira ngo mbabwire yuko umwirondoro atari […]

Koreya y’Epfo: Abageze mu zabukuru bazahabwa urukingo rwa Covid-19 nyuma y’abandi

Ikigo cya Koreya y’Epfo gishinzwe guhangana n’indwara, KDCA, ku wa 15 Gashyantare 2021 cyatangaje ko abantu barengeje imyaka 65 y’amavuko, bazahabwa urukingo rwa Covid-19 inyuma y’ibyiciro bitatu. Nk’uko byemejwe n’Umuyobozi Mukuru wa KDCA, Jeong Eun-kyeong mu nkuru y’igitangazamakuru The Strait Times, igikorwa cyo gukingira abaturage muri Koreya y’Epfo kizatangira tariki ya 26 Gashyantare 2021, aho […]

Idamange ashobora gusuzumwa indwara zo mu mutwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko Idamange Iryamugwiza Yvonne rufite mu maboko, ashobora gusuzumwa indwara zo mu mutwe. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yabitangarije BBC nk’uko bigaragara mu nkuru y’iki gitangazamakuru yasohotse kuri uyu wa 16 Gashyantare 2021, ngo bikaba bishobora kuzakorwa ku nyungu z’ubutabera. Ati: “Hazarebwa niba hadakenewe ko asuzumwa indwara zo […]

Agahinda k’umusore wabuze umugeni we ku munsi w’ubukwe

Umusore w’Umurundi witwa Benilde Odran Ininahazwe afite agahinda kenshi ko kuba umukobwa bagombaga gushyingiranwa yaramubuze ku munota wa nyuma, ubwo yari yagiye kumutegerereza kuri Kiliziya. Byabaye mu masaha y’igitondo cyo ku wa 13 Gashyantare 2021 nyuma y’iminsi ibiri gusa Odran akoye uyu mukobwa mukobwa witwa Emelyne Ndayishimiye. Nk’uko tubikesha imbuga zirimo Jimbere Magazine, uyu musore […]

Pasiteri Niyomwungere yahishuye uko yashutse Rusesabagina, akisanga i Kigali

Tariki ya 15 Nzeri 2020 ni bwo Paul Rusesabagina ukurikiranwe n’ubutabera bw’u Rwanda yahishuriye igitangazamakuru The New York Post ko yatawe muri yombi ubwo yisangaga i Kigali avuye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yari azi ko yerekeza mu Burundi “mu nama z’amatorero yari yatumiwemo n’umupasiteri”. Byaje kumenyekana ko uyu mupasiteri ari Umurundi ufite […]

Amafoto: Uburinzi bukomeye imbere n’inyuma y’amakamyo atwara ibicuruzwa muri CAR

fb_img_16134791924276193_1.jpg

Imiryango n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bivuga abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika ya Centrafrica ryafunze imihanda y’ingenzi ihuza iki gihugu n’ibituranyi, ikaba ari nayo inyuramo ibicuruzwa n’imfashanyo biba byikorewe n’amakamyo. Igitangazamakuru The New Humanitarian giherutse gutangaza ko ku mupaka uhuza Centrafrica na Cameroon honyine hamaze gukumirwa amakamyo agera mu 1500 mu gihe kigera ku mezi abiri. […]

RDC: Abantu 60 baguye mu mpanuka y’ubwato, abarenga 300 babuze

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Steve Mbikayi yatangaje ko ubwato bwari butwaye abantu barenga 700 bwakoze impanuka, haboneka imirambo y’abagenzi 60, mu gihe abandi barenga 300 baburiwe irengero. Ni impanuka yabereye mu ruzi rwa Congo hafi mu Ntara ya Mai Ndombe mu ijoro ry’uwa 14 rishyira uwa 15 Gashyantare 2021, […]

UN: Umusirikare mu butumwa bw’amahoro agenerwa $1,428 ku kwezi

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano gashingiye ku ngingo ya 17 irebana no kubungabunga amahoro n’umutekano ku bushake, kemeza ko buri gihugu cy’ikinyamuryango gifite ishingano zo gutangaho umusanzu wacyo. Kemeza ko kandi iki gikorwa gifite ikiguzi kinini kuko nko mu mwaka w’2020/2021 (kuva tariki ya 1 Nyakanga 2020 kugeza ku ya 30 Kamena 2021), cyagenewe […]