Ni igihuha_Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda ku makuru y’uko Magufuli arembye

Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda, Dr. Aziz Ponary Mlima kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 yavuze ko amakuru avuga ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli arembye babeshya. Kuva ku murogoba wa tariki ya 9 Werurwe 2021 mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kumvikana inkuru y’uko Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli arembeye mu […]

Denmark yahagaritse urukingo rwa AstraZeneca

Leta ya Denmark kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 yahagaritse by’agateganyo gukingira abaturage bayo urukingo rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa AstraZeneca bitewe n’ibibazo bikomeye bikekwa ko rwateje. Minisiteri y’Ubuzima ya Denmark mu nkuru ya Telegraph yavuze ko iki cyemezo cyatewe “na raporo z’ibibazo bikomeye byo kuvura kw’amaraso mu bantu bahawe urukingo rwa AstraZeneca.” Iyi […]

Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza rwa Rusesabagina n’abo bareganwa rwasubikwa

Inteko y’Abashinjacyaha yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi ko urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 rwasubikwa rugasubukurwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021, kubera ko we n’abandi bamwe muri bo batunganiwe. Urubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 nyuma y’aho ejo hashize urukiko rwa rwatesheje agaciro inzitizi ya Rusesabagina y’uko […]

RDC: Abapolisi bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Mutond wahoze akuriye ubutasi

Muri iki gitondo, abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafite intwaro ziremereye bagose urugo rwa Kalev Mutond wahoze akurikiye urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (ANR). Ni amakuru Mutond ubwe yihereye Radio Okapi mu butumwa, agira ati: “Urugo rwanjye ruherereye kuri Nimero 24 kuri Ma Campagne, Karitsiye Joli Parc muri Binza Ma Campagne rwose rugoswe […]

Mu mezi 9, Côte d’Ivoire ipfushije undi Minisitiri w’Intebe

Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire akaba na Minisitiri w’Ingabo, Hamed Bakayoko, yapfiriye mu bitaro byo mu Budage kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 azize indwara y’umutima, akaba ari uwa kabiri upfuye kuva muri Nyakanga 2020. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe na Perezida w’iki gihugu, Alassane Ouatara abicishije ku rubuga rwa Twitter, agira ati: “Igihugu kiri mu […]

Sena yasanze RTDA yaragonze amategeko agena ingurane ku bimuwe mu byabo

Inteko Rusange ya Sena, kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 yasanze Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwokorezi (RTDA) cyaragonze amategeko agena ingurane ikwiye ku baturage bimuwe mu byabo. Ni umwanzuro yafashe nyuma yo kugezwaho raporo ya Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari ku isesengura rya raporo y’Umugenzuzi Mukuru wa Leta ku bugenzuzi bwihariye ku miterere y’ibikorwa byo kwimura […]

Impunzi zaturutse muri Libya zakingiwe Covid-19

gashora2.jpg

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 cyatangiye igikorwa cyo gukingira icyorezo cya Covid-19 mu nkambi z’impunzi, ikaba yahereye mu y’agateganyo ya Gashora icumbikiye impunzi zaturutse muri Libya ndetse n’abakozi bayikoreramo. Ni ku munsi wa 6 w’ikingira ku rwego rw’igihugu, aho abamaze gukingirwa muri rusange barenga 220,000 kuva iki gikorwa cyatangira tariki […]

Huye: Inkende yagaragaye yapfiriye mu kagozi nk’iyiyahuye

dr_imanishimwe.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Werurwe 2021, kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda/Ishami rya Huye hagaragaye inkende y’icyana yapfiriye mu kagozi (k’icyuma), imanitse hejuru ku gisenge nk’iyiyahuye. Amakuru aturuka ku banyeshuri baba muri iyi kaminuza, avuga ko byabaye muri iki gitondo ubwo iyi nkende yakiniraga n’izindi hejuru ku gisenge cya sitade. Aba banyeshuri […]

Minisitiri w’Ingabo yirukanye abasirikare 41 barimo ba Su-Ofisiye

rdf1.png

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Hon. Maj. Gen. Albert Murasira aherutse kwirukana abasirikare 41 bari ku rwego rw’abato ndetse na ba Su-Ofisiye. Bigaragara mu Igazeti ya Leta No. 07 yasohotse tariki ya 1 Werurwe 2021 mu iteka rya Minisitiri No. 001/MINADEF/2021 ryo ku wa 25/02/2021 “ryirukana ba su ofisiye n’abasirikare bato mu ngabo z’u Rwanda.” […]

Abadepite batoye itegeko rishyiraho ikigo cy’u Rwanda gishinzwe isanzure

Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa 9 Werurwe 2021 batoye itegeko rishyiraho ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’isanzure, RSA (Rwanda Space Agency). Inteko ivuga ko icyerekezo cy’u Rwanda muri gahunda y’ubumenyi bw’isanzure ari ukuba umusemburo w’iterambere ry’ubukungu, kugera ku mutekano uhagije w’igihugu hifashishijwe ikoranabuhanga mu by’isanzure no kongerera igihugu icyizere ku […]

Perezida Magufuli yaba arembeye muri Kenya

Igitangazamakuru Nation cyo muri Kenya mu ijoro ryo kuri uyu wa 9 Werurwe 2021 cyaraye gitangaje ko umwe mu bayobozi b’ibihugu bya Afurika arwariye mu bitaro by’i Nairobi muri Kenya. Nation yirinze gutangaza amazina y’uyu muyobozi “kubera ko abayobozi muri guverinoma banze kwemera” ko uyu koko yaba arwaye. Ku rundi ruhande, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi […]

Amafoto: Perezida Tshisekedi yatunguye umufasha we ku munsi w’amavuko

fatshi1.jpg

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, kuri uyu wa 9 Werurwe 2021 yatunguye umufasha we Denise Nyakeru ku munsi we w’amavuko. Nk’uko Radiyo Top Congo yabitangaje, Perezida Tshisekedi yagiye kwihisha inyuma y’urugi mu biro by’umufasha we maze amusangamo, amuha impano zirimo indabo nyuma barahoberana buzuye ibyishimo. Ni igikorwa cyashimishije Denise Nyakeru, maze […]

Umuyobozi w’ikinyamakuru yafungiwe mu rubanza rwa Idamange

019062014085128000000dddddd.jpg

Umuyobozi w’igitangazamakuru Umurabyo, Nkusi Uwimana Agnes, kuri uyu wa yaterewe muri yombi mu isomwa ry’umwanzuro w’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Idamange Iryamugwiza Yvonne. Isomwa ry’uyu mwanzuro ryabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ryabaye kuri uyu wa 9 Werurwe 2021, Umucamanza ategeka ko Idamange afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Igitangazamakuru Ukwezi kivuga ko umucamanza yari yabujije abanyamakuru bitabiriye […]

Paul Rusesabagina yakingiwe Covid-19

Paul Rusesabagina w’imyaka 66 y’amavuko ari mu mfungwa n’abagororwa bafungiwe muri Gereza ya Mageragere mu Karere ka Nyarugenge batewe urukingo rwa Covid-19 kuri uyu munsi wa gatanu w’ikingira ku rwego rw’igihugu. Nk’uko Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwabitangaje, iri kingira ryabereye muri Gereza ya Mageragere kuri uyu wa 9 Werurwe, ryakorewe abari mu byiciro […]

Afite igitekerezo cy’uko ibyangombwa byatakaye byajya biboneka mu buryo bworoshye

Hari benshi basiragira ku byangombwa by’ingenzi baba barataye cyangwa barabyibwe: nk’ikarita ndangamuntu, impamyabumenyi n’ibyangombwa byo gutwara ibinyabiziga (permits de conduire), bikabatwara igihe kirekire n’amafaranga menshi babishakisha, hakaba ubwo babibuze burundu, Leta ikabakorera ibindi. Ibyangombwa nk’amakarita ndangamuntu n’ibyo gutwara ibinyabiziga byo kugira ngo bibone ba nyirabyo; hifashishwa uburyo burimo kubimanika ahantu hahurira abantu benshi biba byatakariye […]

AMISOM irashinjwa guhemba abasirikare batakiri mu butumwa, abatarabujyamo no guhemba kabiri ababurimo

Ubugenzuzi bwakozwe ku ngabo z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zibungabunga amahoro n’umutekano muri Somalia (AMISOM) bwagaragaje ko hari hari abasirikare bahembwe batakiri muri ubu butumwa, abahembwe batarabujyamo n’ababurimo bahembwe inshuro ebyiri. Ibyavuye muri ubu bugenzuzi bigaragara muri raporo ‘yagiye ahabona bitunguranye’ y’ikigo cya PwC Associates Ltd nk’uko tubikesha The East African. Muri iyi raporo, PwC […]

Kingdom of God yashenguwe n’urupfu rudasobanutse rwa Danny wayihimbiraga indirimbo

img-20210309-wa0010.jpg

Korali Kingdom of God Ministry yashenguwe n’urupfu rudasobanutse rw’umuririmbyi wabo Nsabigaba Jean Paul (Danny) wayihimbiraga indirimbo, bikekwa ko yanizwe n’abantu bataramenyekana. Inkuru y’urupfu rwa Danny yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Werurwe 2021 ubwo umurambo we wasangwaga umanitse ku cyuma kiri mu kibuga hafi y’aho atuye, mu Murenge wa Nyamata w’Akarere ka Bugesera. […]

Perezida Kagame yirukanye abofisiye 36 muri Polisi y’u Rwanda

screenshot_20210308-170530_1.png.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa 2 Werurwe 2021 yaciye iteka No. 029/01 ryirukana abofisiye 36 muri Polisi y’u Rwanda. Bigaragara mu Igazeti ya Leta No. 08 yasohotse kuri uyu wa 8 Werurwe 2021. Umukuru w’Igihugu yashingiye ku Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo […]

Imiryango 37 yandikiye Commonwealth isaba iperereza ryigenga ku rupfu rwa Kizito Mihigo

Imiryango 37 iharanira inyungu z’abaturage (sosiyete sivile) yo mu bihugu bitandukanye ku Isi, kuri uyu wa 8 Werurwe 2021 yandikiye abakuru b’ibihugu by’umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) isaba ko hakorwa iperereza ryigenga, ritabogamye kandi rifatika ku rupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo. Iyi miryango irimo Human Rights Watch, Amnesty International na Robert F. Kennedy Human […]

Koreya y’Epfo mu iperereza ku rupfu rw’abantu 8 baherutse guterwa urukingo rwa Covid-19

Ikigo cya Leta ya Koreya y’Epfo gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, KDCA, yakoze iperereza rigamije kumenya impamvu y’urupfu rw’abaturage bayo 8 baherutse guterwa urukingo rwo Covid-19 rwa Astra Zeneca, isanga bigoye kumenya niba hari isano rufitanye n’iki gikorwa. Nk’uko igitangazamakuru RT cy’Abarusiya cyari cyabitangaje tariki ya 6 Werurwe 2021, Koreya y’Epfo imaze gukingira abaturage 296000 […]

ICC yategetse Gen. Ntaganda kwishyura abagizweho ingaruka n’ibyaha yakoze miliyoni 30 z’amadolari

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kuri uyu wa 8 Werurwe 2021 rwategetse Gen. Bosco Ntaganda ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kwishyura abagizweho ingaruka n’ibyaha yakoze bagera ku 2123, indishyi ya miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika. Nk’uko tubikesha Reuters, iki icyemezo cyafashwe n’abacamanza bahagarariwe na Chang-ho Chung, wagize ati: “Inteko rufashe umwanzuro ko Bwana […]

Tanzania mu rugamba rwo kugaruza imvu zayo 74 zafatiwe muri Autriche

Leta ya Tanzania tariki ya 6 Werurwe 2021 yatangaje ko yatangiye urugendo (process) rwo kugaruza imvu zayo 74 zibwe, zigafatirwa muri Autriche muri Mutarama 2021. Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wungirije muri Minisiteri ishinzwe umutungo kamere n’ubukerarugendo, Allan Kijazi mu nkuru ya Xinhua. Allan Kijazi yavuze ko Guverinoma yatangiye gusaba uburenganzira bwo kugaruza izi mvu, yisunze amasezerano […]

Pasiteri Niyomwungere kuri Rusesabagina, Idamange mu rukiko, imirwano muri Kibira…mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 1 Werurwe 2021 cyaranzwe n’inkuru zitandukanye, cyane cyane izirebana n’ubuzima, ubutabera ndetse n’umutekano. Cyumvikanyemo ubuhamya bwa Pasiteri Niyomwungere Constantin washutse Paul Rusesabagina akamugeza mu Rwanda mu ibanga, humvikanye urubanza rwa Idamange, u Rwanda rwakira inkingo za Covid-19. Inkuru nyamukuru zakiranze ni izikurikira: Pasiteri Niyomwungere yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Rusesabagina […]

Icyumweru kigiye gushira umurambo wa Kasango utarashyingurwa, umuryango wananiwe kumvikana

Umurambo w’umunyamategeko wo muri Uganda, Robert Aldridge Kasango (Bob Kasango) wapfiriye muri gereza, ugiye kumara icyumweru utarashyingurwa bitewe n’ubwumvikane bwabuze hagati y’abagize umuryango we. Uyu murambo wagombaga gushyingurwa tariki ya 2 Werurwe 2021 nyuma ya misa yo kuwusezeraho yabereye muri Kiliziya Katedarali ya All Saints iri mu mujyi wa Kampala. Gusa ubwo wasohorwaga muri kiliziya, […]

Toni 500 z’amabuye y’agaciro yari yibwe muri RDC zafashwe

Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku bufatanye n’igisirikare n’urwego rw’iperereza, kuri uyu wa 6 Werurwe bakoze operasiyo bafata toni 500 z’amabuye y’agaciro yari agiye kwambutswa ku mupaka wa Kolwezi uherereye mu Ntara ya Lualaba. Aya makuru dukesha 7 Sur 7 yemejwe na Komiseri wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi muri Lualaba, Col. Antoine […]

Perezida Kagame yakiriye abarimo Mushikiwabo na Charles Michel

four2.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (La Francophonie), Louise Mushikiwabo, Charles Michel uyoboye Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) na Chrysoula Zacharopoulou, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya EU. Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangarije ku rubuga rwa Twitter, Louise Mushikiwabo n’aba babiri […]

Abagore bacuruza isura si bo twizihiza ku ya 8 Werurwe_Perezida Ndayishimiye

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangaje ko abagore bacuruza isura atari bo bizihizwa tariki ya 8 Werurwe; umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka wahariwe abagore. Ni ubutumwa buri mu ijambo Perezida Ndayishimiye yageneye Abarundi kuri uyu wa 7 Werurwe 2021 bujyanye n’uyu munsi wizihizwa kuri uyu wa Mbere. Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze agaciro k’umugore mu muryango […]

Bisa b’ibitari ibya vuba ko Rwanda rwashyikiriza u Burundi abakekwaho kugerageza guhirika Nkurunziza ku butegetsi

niyombare-2.jpg

Imwe mu ntandaro y’umubano mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda ni igerageza ryo guhirika Pierre Nkurunziza ku butegetsi ryabaye tariki ya 13 Gicurasi 2015. Nyuma y’icyo gihe u Burundi bwavuze ko bamwe mu bagerageje guhirika Nkurunziza, barangajwe imbere na Gen. Maj. Godefroid Niyombare, bahungiye mu Rwanda ndetse bunasaba ko rwababushyikiriza, bagakurikiranwa n’ubutabera bwabwo. Gen. […]

Miss Rwanda 2021: Baribaza kuri ‘gafotozi’ uterekanye Miss Jolly

mutesi1.jpg

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 6 Werurwe 2021 habaye igikorwa cyo gutoranya abakobwa 20 bagombaga gukomeza irushanwa rya Miss Rwanda 2021. Iki gikorwa cyarimo Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly wari waryitabiriye nk’umwe mu bigeze kwegukana iri rushanwa, anaha umwe mu bakobwa agatike kamwemerera gukomeza (Pass) muri 20. Yari yambaye mu buryo budasanzwe; mu musatsi […]

RDC: Muganga uherutse ‘gukora’ umuti wa Covid-19 yapfuye

Umushakashatsi mu bijyanye n’imiti wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo uherutse kwemeza ko yakoze umuti w’icyorezo cya Covid-19, Flaubert Batangu, yapfuye. Amakuru dukesha Actualité avuga ko Batangu wari ufite imyaka 79 y’amavuko yapfiriye mu bitaro by’i Kinshasa yari arwariyemo ibyumweru bibiri, mu ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2021 azize kanseri y’umwijima. Mu ntangiriro […]

Abaturarwanda 158,898 bamaze gukingirwa Covid-19

vaccination.jpg

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko tariki ya 5 n’iya 6 Werurwe 2021 Abaturarwanda 158,898 bamaze gukingirwa icyorezo cya Covid-19. Aba barimo 75,056 bakingiwe tariki ya 5 (umunsi wa mbere w’ikingira) n’83,842 bakingiwe tariki ya 6 Werurwe 2021. Bigaragara ko mu Mujyi wa Kigali hmaze gukingirwa Abaturarwanda 6,062, mu Ntara y’Amajyaruguru hamaze gukingirwa 31,286, mu Ntara […]

Kenya: Abaganga babujije abaturage gufata inkingo za Covid-19

Umuryango w’Abaganga bo muri Kenya bahuje imyemerere ya Kiliziya Gatolika, KCDA (Kenya Catholic Doctors Association) wasabye abaturage kutemera guterwa inkingo za Covid-19, ukavuga ko zidakenewe. Nk’uko tubikesha Nation, uyu muryango uvuga ko uburyo bwo kwirinda iki cyorezo nko kwambara agapfukamunwa, gupima abagaragaza ibimenyetso bose no kuvura abakirwaye buhagije, bagasaba Abanyakenya kutemera kuruterwa. Dr. Stephen Karanja […]

Rusesabagina n’umwunganira bameze nk’abanyeshuri batinya ikizame_Maj. Sankara

Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara akiri Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko Paul Rusesabagina bareganwa ndetse na Me Gatera Gashabana umwunganira ameze nk’abanyeshuri batinya ikizamini. Maj. Sankara muri uru rubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 5 Werurwe 2021, ati: “Njyewe ndabona Rusesabagina n’umwunganira sinzi ariko…bameze nka ba banyeshuri twiganaga […]

RDC: Bahururiye umusozi wuzuye zahabu, ubuyobozi buhagarika ubucukuzi bwayo_Reba videwo

Mu mpera za Gashyantare 2021 mu gace ka Luhihi kari mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) habonetse umusozi wuzuye zahabu, abaturage batangira kuwuhururira, buri wese acukura izo ajyana mu rugo. Amashusho yo ku wa 26 Gashyantare 2021 dukesha inzobere mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Chris Groenewald yerekana abaturage benshi bari […]

Kabusunzu: Umugabo utaramenyekana aravugwaho guteragura abanyeshuri inshinge

Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabusunzu ruherereye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge k’Umujyi wa Kigali, haravugwa umugabo wari wambaye ‘casque’ wagiye guteragura bamwe mu banyeshuri inshinge, bigakekwa ko yaba yarabanduje indwara. Amakuru agera kuri Bwiza avuga ko byabaye tariki ya 2 Werurwe 2021, ubwo uyu mugabo yirukankaga kuri aba banyeshuri, bamwe baramucika, abo […]

Aho utinya uhatuma ikigoryi_Impanuro za Ama G ku rubyiruko

Umuhanzi Hakizimana Amani uzwi nka Ama G The Black, yahanuye urubyiruko arubuza kwemerera abarushuka ngo rukore ikibi gishobora gusubiza u Rwanda mu icuraburindi, kuko ngo rubyemeye rwaba nta bwenge rugira. Ama G yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku rubuga rwa YouTube rwa Isimbi TV, cyagiye ahagaragara kuri uyu wa 3 Werurwe 2021. Uyu muhanzi yavuze ku […]

Amafoto: Indege za RDF ziri kwifashishwa mu kugeza inkingo za Covid-19 mu duce tumwe na tumwe

img-20210304-wa0028.jpg

Indege za kajugujugu z’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere, RAF (Rwanda Air Force) ziri kwifashishwa mu kugeza inkingo za Covid-19 mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu. Izi ndege zamaze kugera mu Karere ka Burera no mu Karere ka Huye, bikaba biteganyijwe ko zoherezwa no mu tundi turere imodoka zageramo bitinze. Minisiteri y’Ubuzima yatangarije kuri Twitter […]

Uganda: Inzuki zataye muri yombi abajura babiri

Inzuki zari mu gace ka Sofia mu Karere ka Busia muri Uganda, zataye muri yombi abajura babiri bari bibye umuturage witwa Rashida Jowelia televiziyo nini ya ‘flat screen’. Nk’uko bigaragara ku ifoto dukesha Daily Monitor, umwe muri aba bajura agaragara inzuki zimwirunze ku biganza byombi, zakoze igisa n’amapingu, mu gihe mugenzi we ateruje televiziyo ya […]

Inkingo za Covid-19 zirarara zigejejwe mu gihugu hose

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa 4 Werurwe 2021 yatangaje ko inkingo z’icyorezo cya Covid-19 zagejejwe mu Rwanda ejo hashize, zirarara zigejejwe mu gihugu hose. Nk’uko iyi Minisiteri yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, izi nkingo ziragezwa mu bitaro ndetse n’ibigo nderabuzima bya Leta, ari naho igikorwa cyo gukingira kizabera. Yagize iti: “Inkingo za Covid-19 zaraye […]

Kenya: David Karega yakatiwe imyaka 100 azira gusambanya abana

Urukiko rwa Molo muri Kenya rwakatiye uwitwa David Karega igihano cy’igifungo cy’imyaka 100 nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gusambanya abana batanu bari munsi y’imyaka 11 y’amavuko. Ni icyaha uyu Munyakenya yakoreye abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 4 n’7 mu giturage cya Rigogo, mu Karere ka Nakuru kuva muri Nzeri 2019. Ubushinjacyaha bwari bufite abatangabuhamya 11 […]

Ingabo z’u Burundi zirongerwa muri Kibira, zategetswe ‘kumaramo’ abavuga Ikinyarwanda bose

Hakomeje kuvugwa imirwano hagati y’ingabo z’u Burundi n’abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Nk’uko urubuga rw’umuryango SOS mu Burundi ruherutse kubitangaza, iyi mirwano yatangiye mu cyumweru gishize, ubwo ingabo z’iki gihugu zagwaga gitumo aba bavuga Ikinyarwanda “biteguraga kugaba igitero ku butaka bw’u Rwanda”. Uru rubuga tariki ya 28 […]

Uganda: Abakekwaho kwica abarimo umukomando w’ipeti rya ‘Major’ bafashwe

Polisi ya Uganda kuri uyu wa 1 Werurwe 2021 yatangaje ko yataye muri yombi abantu 8 bakekwaho kwica abantu 10 barimo umukomando w’ipeti rya ‘Major’ uri mu mutwe w’ingabo kabuhariwe za SFC (Special Force Command), Noel Mwesigye. Mu masa tatu y’ijoro rya tariki ya 17 Mutarama 2021 ni bwo amabandi yitwaje intwaro yari kuri moto, […]

Pasiteri Niyomwungere yemeje ko ari mu bazashinja Rusesabagina mu rukiko

Umuvugabutumwa ukomoka mu Burundi, Pasiteri Niyomwungere Constantin yatangaje ko ari mu batangabuhamya bazashinja mu rukiko Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba n’ubutabera bw’u Rwanda. Uyu muvugabutumwa yabitangarije umwanditsi Joshua Hammer nk’uko bigaragara mu nkuru yasohotse mu gitangazamakuru The New York Times kuri uyu wa 2 Werurwe 2021. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko mu rubanza rwa Rusesabagina […]

Major mu ngabo za RDC yiciwe mu muhanda warasiwemo Ambasaderi w’u Butaliyani

Mu masaa tatu y’ijoro ryo kuri uyu wa 2 Werurwe 2021, abitwaje intwaro bataramenyekana bishe Maj. William Assani wari umugenzuzi w’Urukiko rw’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ruri muri Teritwari ya Rutshuru. Nk’uko amakuru aturuka muri RDC dukesha imbuga zirimo urwa Baromètre Sécuritaire du Kivu (Kivu Security) abivuga, imodoka yari itwaye Maj. Assani, […]

Karasira yagarukiye Leta nyuma yo kugerageza gukurikira abayirwanya

Umuhanzi wamenyekanye cyane mu biganiro ku rubuga rwa YouTube bitavugwaho rumwe, Karasira Aimable avuga ko ubu yagarukiye Leta y’u Rwanda nyuma yo kugerageza gukurikira abayirwanya, akabona nta cyerekezo bafite. Yabitangarije mu kiganiro yagiriye kuri Bwiza TV kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Werurwe 2021. Karasira yagize ati: “Abantu bavuga ko ndwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, […]

Impunzi zirenga miliyoni 3 zo mu Karere ziratabarizwa

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) n’irishinzwe ibiribwa (PAM) aratabariza impunzi zirenga miliyoni 3 ziba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, zitakibona inkunga zagenerwaga uko bikwiye, bikaba byaratumye ibiribwa zagenerwaga bigabanywa ku gipimo kigeze kuri 60%. Uhagarariye UNHCR muri aka Karere, mu Ihembe rya Afurika no mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Clementine Nkweta-Salami kuri uyu wa […]

Burundi: Icyishe wa mukobwa wari wagiye mu birori by’isabukuru cyamenyekanye

Umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano w’imbere mu Burundi, Pierre Nkurikiye yatangaje icyavuye mu iperereza ryakozwe ku rupfu rw’umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko witwa Mushimiyimana Jacqueline. Tariki ya 25 Gashyantare 2021 ni bwo hamenyekanye inkuru y’uyu mukobwa inshuti zari zateguriye ibirori by’isabukuru y’amavuko tariki ya 24, mu buryo bwo kumutungura (surprise). Uyu mukobwa yagiye kuri izi nshuti mu […]

Perezida Kagame avuga ko u Bwongereza budasobanura impamvu bwashyize u Rwanda ku rutonde rutukura

kagame1.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki ya 28 Gashyantare 2021 yatangaje ko Ubwami bw’u Bwongereza bwashyize iki gihugu ayoboye ku ‘rutonde rutukura’ rubuza ababiturukamo gukorerayo ingendo, budasobanura impamvu bwabikoze. Yabibwiye umushoramari Lord Evgeny Aleksandrovich Lebedev uyoboye ihuriro ‘The Giants Club’ ribungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu kiganiro bagiranye mbere yo gushyira umukono ku masezerano yinjiza […]

Umuburo ku bagabo n’abagore basambana n’abo batashakanye, bitwaje ko bakuze

Mu Rwanda hakunze kumvikana inkuru z’abatabwa muri yombi, bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya abana, bagahanishwa itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo yaryo y’123. Iri tegeko rivuga ko umuntu uhamwe n’icyaha cyo gufata umwana ku ngufu ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri ariko na none itarenga makumyabiri n’itanu, gusa kikaba […]

Abagize umuryango barwaniye umurambo wa Kasango, rubura gica

kas.jpg

Kuri uyu wa 2 Werurwe 2021 muri Kiliziya Kaderali ya All Saints muri Kampala, habaye misa yo gusezera ku murambo w’umunyamategeko Robert Aldridge Kasango (Bob Kasango) uherutse gupfira muri gereza. Nk’uko bisanzwe, uyu muhango wagombaga gukurikirwa no kujya kumushyingura, gusa byaje gutungurana ubwo abagize umuryango batangiye kurwanira umurambo, bitewe no kutumvikana aho ugomba gushyingurwa. Habanje […]

Polisi yataye muri yombi bane bacuruza amavuta ya ‘mukorogo’

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 2 Werurwe 2021 yatangaje ko yataye muri yombi inereka itangazamakuru abantu bane bacuruzaga amavuta yangiza uruhu azwi nka ‘mukorogo’. Aba bacuruzi bafatiwe mu Murenge wa Gikondo w’Akarere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali. Nk’uko tubikesha Taarifa, umwe muri aba bacuruzi witwa Munyantore, yavuze ko mukorogo yacuruzaga yayiranguye n’abayatemberazaga mu […]

Amafoto: Minisitiri w’Intebe wa CAR yakiriye abarimo Komanda w’Ingabo z’u Rwanda zidasanzwe

fb_img_16146711879631543_1.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Centrafrica, Firmin Ngrebada, yakiriye mu biro bye abasirikare bakuru barimo Komanda w’umutwe w’ingabo z’u Rwanda zidasanzwe zoherejwe muri iki gihugu gukaza umutekano, Col. Jean Paul Karangwa. Yakiriye kandi abarimo Minisitiri w’Umutekano Marie-Noëlle Koyara, Umugaba Mukuru w’Ingabo, Umuyobozi Mukuru wa Jandarumeri (Gendarmerie) n’uwa Polisi; bose bo muri CAR. Minisitiri Ngrebada mu […]

Visi Perezida wa Zimbabwe yeguye, nyuma yo gushinjwa gusaba abagore igitsina

Visi Perezida wa Zimbabwe, Kembo Mohadi yeguye kuri izi nshingano kuri uyu wa 1 Werurwe 2021 nyuma yo gushinjwa gusaba abagore ko bakorana imibonano mpuzabitsina. Mohadi mu butumwa bwatambutse ku rubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’Itumanaho, yagize ati: “Aka kanya, neguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Repubulika ya Zimbabwe.” Yasobanuye ko yeguye kugira ngo […]

Umusore w’imyaka 22 arashinjwa gutegura umugambi wo kwica Perezida Kenyatta

Ubushinjacyaha bwo muri Kenya burashinja umusore w’imyaka 22 y’amavuko witwa Simon Muchiri gutegura umugambi wo kwica Umukuru w’Igihugu, Uhuru Kenyatta. Bwabitangarije mu rukiko rwa Kiambu kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Werurwe 2021. Iki cyaha Muchiri ashinjwa gishingiye ku butumwa yatangarije ku rubuga rwa Facebook ku wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare 2021, avuga […]

Haravugwa imirwano hagati y’ingabo z’u Burundi n’abavuga Ikinyarwanda

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko ingabo z’iki gihugu zimaze iminsi itatu zirwana n’abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda. Nk’uko urubuga rwa SOS rubivuga, iyi mirwano iri kubera mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri Zone ya Butahana muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke. Uru rubuga ruvuga ko iyi mirwano yatangiye mu mpera z’icyumweru gishize (ku […]

Polisi yagose sitade n’ibiro bya FC Barcelona, ita muri yombi benshi

Polisi ikorera mu ishami ryo kurwanya ibyaha bijyanye n’ubukungu muri Esipanye, yagose sitade n’ibiro bya FC Barcelona, ita muri yombi benshi barimo Joseph Maria Bartromeu wahoze ari Perezida w’iyi kipe. Aya makuru yemejwe na Polisi ya Esipanye ndetse na FC Barcelona, ariko nta byinshi kuri iyi operasiyo birajya ahagaragara. Ni mu gihe ibitangazamakuru byo muri […]

Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa yakatiwe imyaka itatu

Urukiko rwo mu Bufaransa rumaze gukatira Nicolas Sarkozy igifungo cy’imyaka itatu nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo ruswa no gukoresha ububasha yari afite nka Perezida mu buryo butemewe. Nk’uko ibitangazamakuru byo mu Bufaransa bubivuga, iki gifungo kirimo ibice bibiri: umwaka umwe azamara muri gereza n’ikindi cy’imyaka ibiri gisubitse. Sarkozy ubwo yari akiri ku butegetsi, yashinjwe kwakira […]

Israeli: Umwana utaravuka wanduye Covid-19 yapfuye

Ibitaro bya Meir Medical Center byo muri Israeli byatangaje ko umwana utaravuka wanduye icyorezo cya Covid-19, yapfuye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare 2021. Nk’uko igitangazamakuru Times of Israel kibivuga, uyu mwana yandujwe iki cyorezo na nyina wari umutwite ibyumweru 37, binyuze mu mukondo. Uyu mubyeyi yageze mu bitaro kuri uwo munsi ubwo yumvaga […]

Col. Charles Sematama yatorotse igisirikare cya RDC

sematama.jpg

Col. Charles Sematama wari Komanda wa Regima 3411 y’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ikorera muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yatorotse. Ni amakuru yemejwe n’umushinga wa Baromètre Sécuritaire de Kivu (Kivu Security) uhuriweho n’itsinda ry’abashakashatsi b’Abanyekongo n’umuryango Human Rights Watch, ugamije gukora ubushakashatsi ku bibazo by’umutekano muke mu burasirazuba […]

Ishimwe ry’umusore wo muri Burkina Faso wifuza guhura na Perezida Kagame

ag1.png

Kuva mu mpera za Mutarama 2021 hasakaye inkuru n’amafoto by’umusore utuye mu mujyi wa Ouagadougou muri Burkina Faso, usa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Imbuga za interineti zo muri Burkina Faso ntizatangaje amazina ya nyayo y’uyu musore gusa zavuze ko iwabo bamwita ‘Paul Kagame wa Ouagadougou’ bitewe n’uko asa n’Umukuru w’Igihugu. Icyo […]