Minisitiri Ngirente yashimye uruhare rwa Magufuli ku mubano wâu Rwanda na Tanzania
Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yashimye uruhare nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli yagize ku mubano wâu Rwanda na Tanzania. Ni ijambo yavugiye mu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera wabereye kuri sitade y’igihugu ya Dodoma muri Tanzania, mu izina ryâUmukuru wâu Rwanda, Paul Kagame. Uyu muhango wari witabiriwe na bamwe […]
RIB iri gukurikirana Tidjara Kabendera
Umuvugizi wâUrwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego ruri gukurikirana umunyamakuru akaba nâumushoramari Tidjara Kabendera, nyuma yo kuregwa nâuwari umukozi we. Dr Murangira yabwiye Igihe ati: âNi byo ikirego twaracyakiriye, turi kugikurikirana.â Iki kirego uyu wahoze acururiza Tidjara yagejeje kuri RIB, gishingiye ku byo uyu munyamakuru aherutse gutangariza ku mbuga […]
Dr Kayumba avuga ko umuyobozi mu ishyaka yashinze âyafashweâ n’abatazwi

Umunyapolitiki Dr Christopher Kayumba kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yatangaje ko Umunyamabanga ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka RPD aherutse gushinga, Nkusi Jean Bosco yafashwe nâabantu bataramenyekana ejo hashize. Ni amakuru Dr Kayumba yatangarije BWIZA nyuma yâubutumwa bwâimpuruza iri shyaka ryari rimaze gutangira ku rubuga rwa Twitter, rigira riti: âEjo hashize twamenye ko Umunyamabanga wacu ushinzwe […]
Burundi: Babiri bakekwaho gukorana nâabitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe
Urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza mu Burundi, rwataye muri yombi uwitwa Denis Uwimana nâundi witwa ClĂ©ment bakekwaho gukorana nâabitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bashinze ibirindiro mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru yâuburengerazuba bwâiki gihugu. Nkâuko SOS ibivuga, aba bombi baterewe muri yombi muri Komini Mabayi (yegereye u Rwanda) mu Ntara ya Cibitoke, tariki ya 18 […]
Impinduka muri Guverinoma, urupfu rwa Magufuli nâishyaka rishya; mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Werurwe 2021 cyaranzwe nâamakuru atandukanye, arimo arebana nâubuzima na politiki. Ni cyo cyumvikanyemo inkuru yâurupfu rwa Dr Magufuli wayoboye Tanzania, cyumvikanyemo koroshywa kwâingamba zo kwirinda Covid-19 nâimpinduka muri guverinoma yâu Rwanda. Izi ni inkuru nyamukuru zakiranze: Impinduka zikomeye muri Guverinoma Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame tariki ya […]
Gen. Kazura amaze iminsi muri RDC

Umugaba Mukuru wâIngabo zâu Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura amaze iminsi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), aho yagiranye ibiganiro birebana nâumutekano nâabayobozi batandukanye. Nkâuko ActualitĂ© dukesha aya makuru ibivuga, uruzinduko rwa Gen. Kazura ruri mu byemezo byafatiwe mu nama yamuhurije nâUmujyanama wihariye mu byâumutekano wa Perezida Tshisekedi wa RDC, François Beya Kasonga, i […]
Perezida wa Madagascar yavuze ko atazafata urukingo rwa Covid-19
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yavuze ko atazafata urukingo rwa covid-19 na rumwe mu ziri kwifashishwa muri iki gihe, ahubwo ko azakoresha umuti gakondo watunganyirijwe mu gihugu cye. Nkâuko Ibiro Ntaramakuru byâAbafaransa (AFP) byabitangaje, uyu Mukuru wâIgihugu tariki ya 20 Werurwe 2021 yagize ati: âKu bwanjye, ntabwo ndakingirwa ndetse nta gahunda mfite yo gufata urukingo.â […]
Lewis Vocal Band yasohoye amashusho y’indirimbo isubizamo abantu ibyiringiro (videwo)

Itsinda Lewis Vocal Band riramya rikanahimbaza Imana ryasohoye indirimbo “Ndakwiringiye” ikoze mu buryo bwa “Live”, ikaba ari indirimbo isaba abantu kwiringira Imana no mu bihe bikomeye. Iyi ndirimbo irimo ubutumwa bubwira abantu ko no mu bihe bikomeye, inzira zose zifunze n’inshuti zananiwe, bakwiriye guhora biringira Imana kuko ari yo idahemuka. Umuyobozi wa Lewis Vocal Band, […]
Muhanga: Umutungo wâagaciro ka miliyoni 45 Rwf watejwe icyamunara kuri miliyoni 10 Rwf, nyirawo avuga ko yagambaniwe

Ndayisaba Jean Marie Vianney utuye mu Mudugudu wa Ntebe, Akagari ka Remera, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga avuga ko tariki ya 4 Mutarama 2021 umutungo we ufite agaciro ka miliyoni 45 zâamafaranga yâu Rwanda wateshejwe agaciro, utezwa cyamunara kuri miliyoni 10, akavuga ko yagambaniwe nâUmuhesha wâInkiko nâushinzwe inguzanyo muri banki. Ndayisaba yabwiye Hanga […]
Goma: Ikamyo yishe abantu 21, abandi barakomereka
Impanuka yâikamyo yabereye mu mujyi wa Goma ahaherera mu gace ka Kihisi, Teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku wa 19 Werurwe 2021 yatwaye ubuzima bwâabantu 21, abandi 16 barakomereka. Aya makuru yemejwe na Guverineri wâIntara ya Kivu yâAmajyaruguru, Carly Nzanzu Kazivita nyuma yo kugera ahabereye iyi mpanuka. Guverineri Kazivita yagize […]
Uwarangije UR afite amanota ya mbere arasaba ubufasha nyuma yâigihe kirekire ari mu bushomeri
Niyonzima Emmanuel warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza yâu Rwanda (UR) aafite amanota ya mbere (first class), arasaba Leta kubafasha gukomereza mu cyiciro cya gatatu nyuma yâigihe kirekire amaze mu bushomeri. Niyonzima yize mu ishami ryâiterambere (development studies), akaba yararangije icyiciro cya kabiri muri UR mu mwaka wâ2018. Avuga ko kuva ubwo yagerageje […]
Ndi mu kazi petit_Igisubizo cya Hon Bamporiki ku wamwibasiye
âNdi mu kazi petitâ ni igisubizo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUrubyiruko nâUmuco, Hon. Bamporiki Edouard yahaye uwamwibasiriye ku rubuga rwa Twitter, ubwo yari amaze gukosora imivugire yâIkinyarwanda yâumwe mu bakobwa bari bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2021. Ubwo habaga umuhango wâumusozo (final) wâirushanwa rya Miss Rwanda, Umunyamakuru Luckman Nzeyimana wari mu bawuyoboye yabajije umukobwa […]
Gen Numbi wayoboye Polisi y’Igihugu yaba yarahunze
Impirimbanyi yâuburenganzira bwa muntu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), George Kapiamba, kuri uyu wa 20 Werurwe 2021 yatangaje ko Gen John Numbi wayoboye Polisi yâIgihugu yahungiye muri Zimbabwe abitewe nâubwoba bwâuko ashobora gutabwa muri yombi. Nkâuko tubikesha Politico, Kapiamba uyoboye umuryango ACAJ uharanira ko buri wese ahabwa ubutabera yagize ati: âGen John Numbi […]
Musanze: Umuryango wâabantu 10 wakuwe mu mutungo ku ngufu, nyuma yâigihe kirekire utakambira Leta

Umuryango wa Kajyambere Silas ugizwe nâabantu 10 wari utuye mu Mudugudu wa Susa, Akagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, tariki ya 16 Werurwe 2021 wakuwe mu kibanza kirimo inzu ebyiri ku ngufu nyuma yâigihe kirekire utakambira Leta nyuma yâakarengane wagiriwe. Intandaro yâibi bibazo ni agace kâikibanza nimero UPI: 04/03/08/04/3628 Kajyambere wavutse […]
Dr Tedros yasabye Perezida mushya wa Tanzania ubufatanye mu kurwanya Covid-19
Umunyamabanga Mukuru wâumuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus kuri uyu wa 19 Werurwe 2021 yasabye Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu ubufatanye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ni ubutumwa Dr Tedros yanditse ku rubuga rwa Twitter nyuma yâirahira rya Samia Suluhu nkâUmukuru wâIgihugu wâinzibacyuho, wasimbuye Dr John Pombe Magufuli wapfuye tariki ya […]
U Rwanda rwihanangirije Ambasaderi wâu Bubiligi kuri Rusesabagina_Belga
Ibiro Ntaramakuru by’Ababiligi (Belga) byatangaje ko Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Rwanda, Dr Vincent Biruta, yihanangirije Ambasaderi wâu Bubiligi muri iki gihugu, BenoĂźt Ryelandt ku kibazo cya Paul Rusesabagina. Mu gihe ubutabera bwâu Rwanda bukurikiranye Rusesabagina ho ibyaha 9 byâiterabwoba, Belga yavuze ko amakuru ikesha ibitangazamakuru birimo De Standaard na Het Nieuwsblad kuri uyu wa 19 […]
Ibyâumurambo wa Kasango umaze hafi ukwezi utarashyingurwa byageze mu rukiko
Umugore wa nyakwigendera Robert Aldridge Kasango (Bob Kasango) wari umunyamategeko ukomeye muri Uganda, Nice Bitarabeho yareze nyirabukwe, Rosie Kabise, mu Rukiko Rukuru amushinja kumutambamira ntashyingure umugabo we. Ni nyuma yâaho guhera tariki ya 2 Werurwe 2021 Bitarabeho, abana be nâabandi babashyigikiye bananiwe kumvikana na Kabise nâabamushyigikiye ku hantu Kasango agomba gushyingurwa, ndetse hakaba harabaye igisa […]
Samia Suluhu amaze kurahirira kuyobora Tanzania, asimbuye Dr Magufuli
Samia Suluhu Hassan wari Visi Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania amaze kurahirira kuba Umukuru wâIgihugu w’inzibacyuho asimbuye nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wapfuye tariki ya 17 Werurwe 2021. Ni igikorwa kibaye hashingiwe ku biteganywa nâItegekonshinga rya Repubilika, rivuga ko mu gihe Umukuru wâIgihugu agize impamvu zituma atabasha gukomeza kukiyobora zirimo urupfu, Visi Perezida […]
Ikiriyo cyâUmwami wâAbazulu cyitabiriwe nâabarimo abambaye ubusa (Amafoto)

Tariki ya 12 Werurwe 2021 ni bwo Umwami wâAbazulu, Goodwill Zwelithini wari ufite imyaka 72 yâamavuko yatanze azize indwara ya diyabete (diabetes). Ni inkuru yâincamugongo abatuye mu Ntara ya Kwa Zulu Natal bari bakiriye, kuko abenshi byarabagoye kwakira ko Umwami wabo wari umaze imyaka 52 abayobora yatanze. Ikiriyo cyatangiye kuva ku munsi Umwami Zwelithini yatangiyeho […]
Ijambo rya nyuma Perezida Magufuli yasize abwiye Abatanzaniya
Tariki ya 5 Ugushyingo 2015 ni bwo Perezida Dr. John Pombe Magufuli yatangiye kuyobora Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania nyuma yo gutsinda amatora yo ku wa 25 Ukwakira 2015 nkâumukandida uhagarariye ishyaka CCM (Chama Cha Mapinduzi) ku majwi 55.06%, atsinze abarimo Edward Lowassa wari uhagarariye CHADEMA, we wagize amajwi 31.91%. Dr Magufuli wari usimbuye Jakaya […]
Inteko ya Esipanye yemeje itegeko ritanga uburenganzira bwo kwiyahura
Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Esipanye kuri uyu wa 18 Werurwe 2021 bemeje itegeko ryo gufasha umuntu ushaka gupfa kurangiza ubuzima bwe bitamugoye, hifashishijwe uburyo burimo guterwa urushinge. Ni nyuma yâaho abagize Inteko 202 muri 345 bari bamaze gutora iri tegeko, abandi 141 bararyanga mu gihe abandi babiri bifashe. Akenshi byakunze kugaragara ko abakenera kwiyahura […]
U Rwanda rurunamira Dr Magufuli kugeza igihe azashyingurirwa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho igihe cyo kunamira Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli waraye apfiriye mu bitaro bya Dar es Salaam azize indwara y’umutima. Nk’uko itangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe byabitangaje kuri uyu wa 18 Werurwe, kunamira Dr Magufuli ku rwego rw’igihugu biratangira uyu munsi bizageze ku munsi nyakwigendera azashyingirwaho. […]
Perezida Kenyatta yashyizeho iminsi 7 yo kunamira Dr Magufuli
Perezida wa Repubulika ya Kenya, Uhuru Kenyatta yashyizeho iminsi 7 yo kunamira Dr Magufuli wayoboraga Tanzania, waraye apfuye ku mugoroba wâejo tariki ya 17 Werurwe 2021. Itangazo Perezida Kenyatta mu itangazo ryo kuri uyu wa 18 Werurwe yashyizeho umukono, yagize ati: âNababajwe nâurupfu rwâumuvandimwe, Nyakubahwa John Pombe Magufuli, Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania.â […]
Rwanda-Burundi: Abahagarariye ingabo baba baherutse guhura nyuma gukozanyaho
Tariki ya 28 Gashyantare 2021, ingabo zâu Rwanda zarwaniye nâizâu Burundi ku musozi wa Twinyoni mu Ntara ya Cibitoke, hafi yâurubibi ruhuza ibihugu byombi. Nkâuko Jeune Afrique yabitangaje, iyi mirwano yabaye ubwo ingabo zâu Rwanda zirukanaga abarwanyi bâimitwe yitwaje intwaro ya FDLR na FLN bari mu ishyamba rya Nyungwe, bitegura kugaba igitero mu gihugu, zibageza […]
Perezida Magufuli yapfuye
Visi Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, amaze gutangaza ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yapfuye kuri uyu wa 17 Werurwe 2021. Suluhu yatangarije iyi nkuru ku kigo cya Tanzania cy’itangazamakuru, TBC (Tanzania Broadcasting Corporation), aho avuga ko Perezida Magufuli yapfiriye mu bitaro by’i Dar es Salaam azize indwara y’umutima. Yagize ati: “Ndabamenyesha […]
Joe Biden yavuze ko Putin ari umwicanyi, agomba kubiryozwa

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden kuri uyu wa 17 Werurwe 2021 yatangaje ko mugenzi we wâu Burusiya, Vladimir Putin ari umwicanyi kandi agomba kubiryozwa. Nk’uko Reuters ibivuga, ni ubutumwa uyu Mukuru wâIgihugu yatambukirije mu kiganiro yagiranaga nâumunyamakuru Geore Stephanopoulos wa televiziyo ABC, nyuma ya raporo yasohowe nâurwego rwâubutasi ishinja ibiro […]
Minisitiri Ndagijimana yavuze ko RwandAir itunguka, gusa âigira uruhare mu iterambereâ
Minisitiri wâImari nâIgenamigambi, Dr. Ndagijimana Uzziel yatangaje ko sosiyete yâu Rwanda yâubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir itunguka, ariko nâubwo bimeze bityo ikaba igira uruhare mu iterambere. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâigitangazamakuru The African Report nkâuko bigaragara mu nkuru yacyo cyasohoye kuri uyu wa 17 Werurwe 2021. Minisitiri Ndagijimana yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije byinshi, […]
Mahama: Impunzi zâAbarundi zagenewe inkunga ya miliyoni 839 Rwf
Guverinoma yâu Buyapani yageneye impunzi zâAbarundi ziba mu nkambi ya Mahama mu Rwanda inkunga y’amadolari ya Amerika 856,136 (abarirwa muri miliyoni 839 z’amafaranga y’u Rwanda) yo kuzifasha mu buryo butandukanye muri uyu mwaka w’2021. Nkâuko ishami ryâumuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi (HCR) ryo mu Rwanda ryabitangaje tariki ya 15 Werurwe 2021, iyi nkunga yâu Buyapani […]
Uwimana wagaragaye ahondagura umwana, yigeze gushaka kwica se nâumugabo we_Byinshi kuri we
Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye akavidewo kagaragaza umugore uhondagura umwana byaje kumenyekana ko afite imyaka 5 y’amavuko, amuterura, amutura hasi ndetse amukandagira mu gatuza no ku mutwe. Iyi videwo yahererekanwe ahantu henshi ndetse wasangaga abatuye mu bihugu bigize Akarere ka Afurika yâIburasirazuba batekereza ko byabereye iwabo. Hari abaketse ko byabereye mu Rwanda, abandi […]
Zlatan Ibrahimovic yasubiye mu ikipe yâigihugu nyuma yâimyaka 5 asezeye

Umukinnyi wâikipe ya AC Milan yo mu Butaliyani, Zlatan Ibrahimovic, yasubiye mu ikipe yâigihugu ya SuĂšde kugira ngo ayifashe gushaka itike yo kwitabira irushanwa ryâigikombe cyâIsi rizaba mu 2022. Ni nyuma yâimyaka itanu uyu mukinnyi wâimyaka 39 yâamavuko yari amaze ayisezeyemo mu buryo budasubirwaho. Zlatan amaze kwemeza ko agiye kongera gukinira SuĂšde, yifashishije urubuga rwa […]
Buri wese arabizi ko itsinda rya Kyagulanyi ryibye amajwi_Museveni
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni avuga ko buri wese azi neza ko itsinda rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bari bahanganye cyane mu matora, ryibye amajwi mu bice birimo umujyi wa Kampala. Uyu Mukuru wâIgihugu yabitangaje tariki ya 14 Werurwe 2021 ubwo yagezaga ubutumwa ku Bagande bose, ahakana ibyatangajwe na Bobi Wine wavuze […]
Dr Kayumba yashinze ishyaka rya politiki
Dr. Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza yâu Rwanda, kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yashinze ishyaka rya politiki riharanira demukarasi ryitwa RPD (Rwandese Platform for Democracy). Nkâuko itangazo ry’impapuro (pages) eshatu Dr Kayumba yageneye itangamakuru n’Abanyarwanda ribivuga, iri shyaka ryashinzwe kugira ngo ritange umusanzu ndetse runateze imbere ubwisanzure, demukarasi, umutekano, amahoro arambye mu Rwanda. […]
Umuhungu wa Museveni yatewe urukingo rwa AstraZeneca

Umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yatawe urukingo AstraZeneca rwa Covid-19. Gen. Kainerugaba yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, aho avuga ko abimburiye umutwe wâingabo za Uganda zidasanzwe (SFC) abereye Komanda. Yagize ati: âUyu munsi nishimiye gutangiza gahunda yâikingira muri SFC mfata urukingo rwa mbere rwa […]
Mushiki wa Perezida Kim Jong-un yateye ubwoba abayobozi ba USA
Mushiki wa Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru, Kim Yo Jong kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yasohoye itangazo ritera ubwoba abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Impamvu yatumye Kim Yo Jong asohora iri tangazo, ni igikorwa cyâimyitozoya gisirikare ihuriweho ingabo za USA zikomeje gukorana nâiza Koreya yâEpfo kuva mu cyumweru gishize […]
Kamonyi: Batandatu bakekwaho gutema ibiti bya Leta byo ku mihanda bafashwe

Polisi yâu Rwanda ikorera mu Murenge wa Nyamiyaga wâAkarere ka Kamonyi, tariki ya 14 Werurwe 2021 yataye muri yombi abagabo batandatu bakekwaho gutema ibiti bya Leta biteye mu mihanda, byaterewe kurwanya isuri. Abatawe muri yombi ni: Niyibizi Jean Claude, Mbabarenkoriki Eric, Hategekimana Frederic, Bizimana Cyliaque, Sebahire Mathieu na Mbonabucya Emmanuel; bakaba barafatanwe âimbaho 279 babaje […]
Gatabazi JMV yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gasana yongera kuba Guverineri

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 yagize Gatabazi Jean Marie Vianney usanzwe ari Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, amusimbuje Prof. Shyaka Anastase. Ni mu gihe Gasana Emmanuel wigeze kuba Guverineri w’Intara y’Amajyepfo kuva mu 2018 kugeza muri Gicurasi 2020 yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba. Gasana Emmanuel asubijwe ku nshingano ya […]
Guma mu Karere yavuyeho, amasaha y’ingendo yongerewe_Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Village Urugwiro) hateraniye Inama y’Abaminisitiri, yafatiwemo ibyemezo bitandukanye byibanda ku cyorezo cya Covid-19. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ni we wayoboye Inama y’Abaminisitiri Kimwe mu byemezo byafashwe byari byitezwe cyane harimo gukuraho gahunda ya Guma mu Karere; aho iyi nama yemeje […]
Guverinoma ya Zoe Kabila igiye kugabanya abanyamahanga, kuko babaye âuruvunganzokaâ
Guverinoma ya Guverineri wâIntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Zoe Kabila yafashe icyemezo cyo gushakisha abanyamahanga baba mu mujyi wa Kalemie mu buryo butemewe nâamategeko, kugira ngo bose birukanwe. Iki cyemezo cyafashwe nâInama yâAbaminisitiri ba Tanganyika yari iyobowe na Guverineri Kabila tariki ya 12 Werurwe 2021 nkâuko Radiyo Okapi yabitangaje. Nyuma […]
Abagande bakomoka mu Rwanda biyambuye izina âBanyarwandaâ bitewe nâivangura bakorerwa
Inama yâAbagande bakomoka mu Rwanda yitwaga âBanyarwanda’ kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 yahinduriwe izina bitewe nâivangura abayigize bavuga ko bakomeje gukorerwa. Nkâuko Chimp Reports ibivuga, iki cyemezo cyafatiwe muri Serena Hotel iherereye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala uyu munsi, ari nabwo iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa. Abagize iyi nama bemeje ko izina ‘Byanyarwandaâ […]
Col. Sematama yemeje ko yihuje na Col. Makanika

Col Charles Sematama uherutse gutoroka igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yemeje ko yihuje na mugenzi we Col Michel Rukunda (Makanika) bakomoka mu bwoko bumwe bwâAbanyamulenge, bakaba bagamije kurinda abaturage kuko ngo ântacyo Leta ikoraâ. Col Sematama aherutse kubitangariza radiyo BBC, ubwo umunyamakuru yamubazaga niba koko yarihuje na mugenzi we nkâuko byavugwaga. Yamusubuje ati: […]
Abantu 1100 bakekwaho ibyaha bya jenoside baridegembya, abenshi bari mu baturanyi
Umuyobozi wâishami ryâUbushinjacyaha rishinzwe gukurikirana aho abakekwaho ibyaha bya jenoside baherereye (GFTU), Jean Bosco Siboyintore, ku wa 12 Werurwe 2021 yatangaje ko hari abantu 1100 bakekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi bacyidegembereza mu mahanga, abenshi bakaba bari mu bihugu byâabaturanyi. Yabitangarije mu mahugurwa yâabagize Inteko Ishinga Amategeko, yerekeye ku mahame yo kurwanya no guhana icyaha […]
Covid-19: Museveni yavuze ko we nâumufasha batarafata urukingo, kuko hari abarukeneye kubarusha
Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa 14 Werurwe 2021 yavuze ko we nâumufasha we Janet Museveni batarafata urukingo rwa Covid-19 kuko hari abarukeneye cyane kubarusha. Ni bumwe mu butumwa yatangiye mu ijambo yaraye agejeje ku Bagande, asubiza byâumwihariko bamwe bashinja umuryango we gufata uru rukingo mbere yâabandi, mu ibanga rikomeye. […]
CAR-Amafoto: Umutekano wari wakajijwe mu matora yâAbadepite

Muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) kuri uyu wa 14 Werurwe 2021 habaye icyiciro cya kabiri cyâamatora yâabagize inteko ishinga amategeko. Aya matora yagombaga kubera rimwe nâayâUmukuru wâIgihugu yabaye tariki ya 27 Ukuboza 2020 ariko bitewe nâibibazo byâurugomo; amwe mu masite yarayahagaritse. Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe, byatangaje ko […]
Rusesabagina wikuye mu rubanza, Sankara kuri Perezida wa Zambia na Gitifu ushinjwa amacakubiri; mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru yishize
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 8 Werurwe 2021 cyaranzwe nâamakuru atandukanye, arimo ayâurubanza rwa Paul Rusesabagina, Sankara nâabandi 19 rwari rukomeje, ayiswe ibihuha yavugaga kuri Perezida Magufuli, aya Gitifu uvugwaho kubiba amacakubiri mu bakozi ayoboye nâayâubuzima yerekeye icyorezo cya Covid-19. Amakuru yakiranze ni akurikira: Rusesabagina yikuye mu rubanza rwe Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha 9 byâiterabwoba […]
RDC: Mwarimu yishwe nâumutima, amaze kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa
Mwarimu witwa Kabongo Germain wigishaga mu mujyi wa Kalemie uri mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yishwe nâindwara y’umutima nyuma yo kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa. Ubusanzwe abarimu muri Tanganyika bishyurwa na banki ya TMB. Iyi banki mu Kuboza 2020 yamuhembye amafaranga akoreshwa muri iki gihugu 750,000 kandi yaragombaga […]
Abarenga 254,000 bamaze gukingirwa Covid-19_Uko igikorwa cyagenze kuva cyatangira

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda ivuga ko kuva gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 yatangira tariki ya 5 kugeza ku ya 13 Werurwe 2021, hamaze gukingirwa Abaturarwanda barenga 254,000. Ni gahunda yatangiye nyuma yâiminsi ibiri inkingo za mbere za Covid-19 zibarirwa mu 342,000; zirimo 240,000 za AstraZeneca nâ102,000 za Pfizer BioNTech zigeze mu Rwanda. Uko igikorwa […]
RDC: Umuryango wa Kalev Mutondo wayoboye urwego rwâubutasi uvuga ko wamubuze kuva ku wa Gatatu
Umuryango wa Kalev Mutondo wabaye Umuyobozi Mukuru w’urwego rwâubutasi rwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ruzwi nka ANR kuri uyu wa 13 Werurwe 2021 watangaje ko wamubuze kuva tariki ya 10. Bigaragara mu ibaruwa yashyizweho umukono nâumukobwa wa Mutondo, Liliane Kembo Kalev usanzwe ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya RDC, nyuma yâinama yâumuryango […]
CAR: Ingabo zâu Rwanda zidasanzwe zifite indi misiyo ikomeye uyu munsi
Tariki ya 20 Ukuboza 2020 ni bwo Minisiteri yâIngabo zâu Rwanda yatangaje ko Leta yohereje izindi ngabo muri Repubulika ya Centrafrika (CAR) kugira ngo zifashe izisanzweyo kurinda umutekano wâiki gihugu. Byaje kumenyekana ko u Rwanda rwohereje aba basirikare (baturutse mu mutwe wâingabo zidasanzwe) nyuma yâamasezerano rwari rumaze gusinyana na CAR ndetse imwe muri misiyo yabo […]
Byinshi kuri Rutabayiro uvuga ko ari intasi na âLieutenantâ mu ngabo zâu Rwanda

Polisi yâu Burundi ku bufatanye na Minisiteri yâUmutekano wâImbere mu gihugu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yasohoye videwo yâubuhamya bwa âLt. Rutabayiro Ericâ uvuga ko ari intasi yâu Rwanda. Rutabayiro yavuze ko yinjiye mu gisirikare cyâu Rwanda mu 1995, ajya mu rwego rwâubutasi mu 2003, akorera akazi ke mu bihugu byâAkarere ka Afurika yâIburasirazuba, […]
Lt. Rutabayiro uvuga ko ari intasi yâu Rwanda, ngo âyahungiye mu Burundiâ

Polisi yâu Burundi kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yasohoye videwo yâikiganiro cyâiminota 5 cyâuwitwa Lieutenant Rutabayiro Eric uvuga ko ari intasi yâu Rwanda, akaba yarahungiye mu Burundi kuko atagishaka gukora aka kazi. Lt. Rutabayiro uvuga ururimi rwâIkirundi (twarushyize mu Kinyarwanda), yagize ati: âNdi hano mu gihugu cyâu Burundi kuko nituye mpunze u Rwanda. Nituye […]
Bagaragaza wamaze imyaka 21 mu itorero âUrukererezaâ arasaba Leta kumugoboka
Bagaragaza Hussein uvuga ko yamaze imyaka 21 abyinira mu itorero ryâigihugu âUrukererezaâ, arasaba Leta yâu Rwanda kumugoboka akabasha kubonera umwana we ukiri muto ikimutunga. Avuga ko yatangiye kubyinira mu itorera ryitwa Garukurebe mu 1996, yinjira mu Rukerereza mu 1998 nyuma yo kwitwara neza mu marushanwa yo kubyina, ariko aza gusezerwamo mu 2019. Bagaragaza avuka mu […]
Kariuki atunzwe no gukora inkweto zâinka
Josephat Kariuki ni Umunyakenya utuye mu Karere ka Kirinyaga, akaba atunzwe nâumurimo wo gukora inkweto zâinka. Ubusanzwe Kariuki ni umworozi, akaba yaragize igitekerezo cyo gukora inkweto zâinka ubwo ize yabonaga zibasirwa nâindwara zâibinono. Nkâuko igitangazamakuru Tuko kibivuga, yatangiye kujya azikora mu mapine ya moto ndetse nâimyenda, yamara kuzikora akazambika inka. Avuga ko ubwa mbere kwambika […]
Perezida Magufuli ni mutaraga_Minisitiri wâIntebe wa Tanzania
Minisitiri wâIntebe wa Tanzania, Kasimu Majaliwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yatangaje ko Umukuru wâIgihugu, Dr. John Pombe Magufuli ari mutaraga, abavuga ko arembejwe na Covid-19 babeshya. Minisitiri Majaliwa yabimenyesheje igitangazamakuru cyâigihugu, TBC (Tanzania Broadcasting Corporation) nkâuko tubikesha Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza, Reuters. TBC yatumikiye Minisitiri Majaliwa iti: âMinisitiri wâIntebe yasabye Abanyatanzaniya gutuza kubera ko […]
Sankara yavuze ko Perezida wa Zambia yitwaga âUmubyeyi wa Batisimuâ wa FLN

Nsabimana Callixte (Major Sankara) ukurikiranweho ibyaha byâiterabwoba, yabwiye urukiko ko umutwe witwaje intwaro wa FLN yabereye Umuvugizi, wari warise Perezida wa Zambia Edgar Lungu âParrain wa Batisimuâ bitewe nâinkunga yawuteraga. Yasobanuraga byinshi ku cyaha cyo âkugirana umubano na Leta zâamahanga hagamijwe gushoza intambaraâ. Ati: âPerezida wa Zambia, Edgar Lungu yitwaga Parrain wa Batisimu.â Nsabimana Callixte […]
Urukiko rwategetse ko umunyamakuru Cyuma Hassan arekurwa nyuma ya hafi umwaka afunzwe
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 rwategetse ko umunyamakuru wa shene ya YouTube ya Ishema TV, Niyonsenga DieudonnĂ© uzwi nka Cyuma Hassan arekurwa. Ni nyuma yo gutesha agaciro ibyaha ubushinjacyaha bwamuregaga nkâuko tubikesha umunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika, Eric Bagiruwubusa. Ibi byaha birimo: gukoresha inyandiko mpimbano, gushyamirana nâinzego zâumutekano nâicyo […]
Rusesabagina yavuze ko afite uburenganzira bwo kunganirwa nâUmwavoka, nâubwo yaba ari uwo mu Ijuru
Mu rubanza rukomereje mu Rukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byâiterabwoba nâibyambukiranya imbibi; Paul Rusesabagina yavuze ko afite uburenganzira bwo kunganirwa nâUmwavoka ashaka, nâubwo yaba aturutse mu Ijuru. Mu mbogamizi Rusesabagina akomeje kugaragaza, yavuze ko atahawe uburenganzira bwo kunganirwa nâabanyamategeko bâabanyamahanga, barimo: Umunya-Australia Kate Gibson nâUmunya-Canada Philippe Larochelle. Ati: “Sinumva rero impamvu ari njyewe jyenyine […]
Uwunganganira Rusesabagina yasabye ko urubanza rwe rwasubukurwa nyuma yâamezi 6
Umunyamategeko wunganira Paul Rusesabagina, Me Rudakemwa Jean Felix yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byâiterabwoba nâibyambukiranya imbibi ko urubanza rwasubikwa, rugasubukurwa nyuma yâamezi atandatu. Yabivuze kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 ubwo uru rubanza byitezwe ko ruburanishwa mu mizi rwasubukurwaga. Uyu munyamategeko avuga ko dosiye ya Rusesabagina nâabo bareganwa uko ari 20 ari nini […]
EU ibona ko ibihugu bidakwiye guhagarika urukingo rwa AstraZeneca
Urwego rwâUmuryango wâUbumwe bwâUburayi rushinzwe kugenzura ubuziranenge bwâimiti, EMA, kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 rwagaragaje ko nta mpamvu yâuko ibihugu byakomeza guhagarika urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca. Ni nyuma yâiperereza ryâibanze uru rwego rwakoze ubwo ibihugu bigize uyu muryango nka: Denmark, Iceland, u Butaliyani, Luxembourg, Autriche, Estonia, Latvia, Lithuania, na NorvĂšge byari bimaze kuruhagarika, […]
Tundu Lissu avuga ko Perezida Magufuli yajyanwe kuvurirwa mu Buhinde
Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu avuga ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yavanwe muri Kenya aho byavugwaga ko yari arwariye, ajyanwa mu Buhinde ari muri âcomaâ. Yabitangarije ibiro ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) abibwira ko ari amakuru yakuye ku baganga nâabashinzwe umutekano muri Kenya, âgusa ntiyatanga igihamyaâ. Lissu yakomeje abwira ibi biro ko Perezida […]
Perezida Kagame nâumufasha we bakingiwe Covid-19

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame nâumufasha we, Jeannette Kagame kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 bakingiwe icyorezo cya Covid-19. Nkâuko ibiro byâUmukuru wâIgihugu (Village Urugwiro) byabitangaje, iki gikorwa cyabereye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali. Village Urugwiro ku rubuga rwa Twitter yagize iti: “Muri gahunda yo gukingira ikomeje hirya no hino mu […]