Minisitiri Ngirente yashimye uruhare rwa Magufuli ku mubano w’u Rwanda na Tanzania

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yashimye uruhare nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli yagize ku mubano w’u Rwanda na Tanzania. Ni ijambo yavugiye mu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera wabereye kuri sitade y’igihugu ya Dodoma muri Tanzania, mu izina ry’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame. Uyu muhango wari witabiriwe na bamwe […]

RIB iri gukurikirana Tidjara Kabendera

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego ruri gukurikirana umunyamakuru akaba n’umushoramari Tidjara Kabendera, nyuma yo kuregwa n’uwari umukozi we. Dr Murangira yabwiye Igihe ati: “Ni byo ikirego twaracyakiriye, turi kugikurikirana.” Iki kirego uyu wahoze acururiza Tidjara yagejeje kuri RIB, gishingiye ku byo uyu munyamakuru aherutse gutangariza ku mbuga […]

Dr Kayumba avuga ko umuyobozi mu ishyaka yashinze ‘yafashwe’ n’abatazwi

nkusi.jpg

Umunyapolitiki Dr Christopher Kayumba kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yatangaje ko Umunyamabanga ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka RPD aherutse gushinga, Nkusi Jean Bosco yafashwe n’abantu bataramenyekana ejo hashize. Ni amakuru Dr Kayumba yatangarije BWIZA nyuma y’ubutumwa bw’impuruza iri shyaka ryari rimaze gutangira ku rubuga rwa Twitter, rigira riti: “Ejo hashize twamenye ko Umunyamabanga wacu ushinzwe […]

Burundi: Babiri bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe

Urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza mu Burundi, rwataye muri yombi uwitwa Denis Uwimana n’undi witwa ClĂ©ment bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bashinze ibirindiro mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Nk’uko SOS ibivuga, aba bombi baterewe muri yombi muri Komini Mabayi (yegereye u Rwanda) mu Ntara ya Cibitoke, tariki ya 18 […]

Impinduka muri Guverinoma, urupfu rwa Magufuli n’ishyaka rishya; mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Werurwe 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, arimo arebana n’ubuzima na politiki. Ni cyo cyumvikanyemo inkuru y’urupfu rwa Dr Magufuli wayoboye Tanzania, cyumvikanyemo koroshywa kw’ingamba zo kwirinda Covid-19 n’impinduka muri guverinoma y’u Rwanda. Izi ni inkuru nyamukuru zakiranze: Impinduka zikomeye muri Guverinoma Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame tariki ya […]

Gen. Kazura amaze iminsi muri RDC

euieuf9xiaym897-97189.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Jean Bosco Kazura amaze iminsi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), aho yagiranye ibiganiro birebana n’umutekano n’abayobozi batandukanye. Nk’uko ActualitĂ© dukesha aya makuru ibivuga, uruzinduko rwa Gen. Kazura ruri mu byemezo byafatiwe mu nama yamuhurije n’Umujyanama wihariye mu by’umutekano wa Perezida Tshisekedi wa RDC, François Beya Kasonga, i […]

Perezida wa Madagascar yavuze ko atazafata urukingo rwa Covid-19

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yavuze ko atazafata urukingo rwa covid-19 na rumwe mu ziri kwifashishwa muri iki gihe, ahubwo ko azakoresha umuti gakondo watunganyirijwe mu gihugu cye. Nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) byabitangaje, uyu Mukuru w’Igihugu tariki ya 20 Werurwe 2021 yagize ati: “Ku bwanjye, ntabwo ndakingirwa ndetse nta gahunda mfite yo gufata urukingo.” […]

Lewis Vocal Band yasohoye amashusho y’indirimbo isubizamo abantu ibyiringiro (videwo)

img-20210321-wa0019.jpg

Itsinda Lewis Vocal Band riramya rikanahimbaza Imana ryasohoye indirimbo “Ndakwiringiye” ikoze mu buryo bwa “Live”, ikaba ari indirimbo isaba abantu kwiringira Imana no mu bihe bikomeye. Iyi ndirimbo irimo ubutumwa bubwira abantu ko no mu bihe bikomeye, inzira zose zifunze n’inshuti zananiwe, bakwiriye guhora biringira Imana kuko ari yo idahemuka. Umuyobozi wa Lewis Vocal Band, […]

Muhanga: Umutungo w’agaciro ka miliyoni 45 Rwf watejwe icyamunara kuri miliyoni 10 Rwf, nyirawo avuga ko yagambaniwe

oswaki1.jpg

Ndayisaba Jean Marie Vianney utuye mu Mudugudu wa Ntebe, Akagari ka Remera, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga avuga ko tariki ya 4 Mutarama 2021 umutungo we ufite agaciro ka miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda wateshejwe agaciro, utezwa cyamunara kuri miliyoni 10, akavuga ko yagambaniwe n’Umuhesha w’Inkiko n’ushinzwe inguzanyo muri banki. Ndayisaba yabwiye Hanga […]

Goma: Ikamyo yishe abantu 21, abandi barakomereka

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Goma ahaherera mu gace ka Kihisi, Teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku wa 19 Werurwe 2021 yatwaye ubuzima bw’abantu 21, abandi 16 barakomereka. Aya makuru yemejwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kazivita nyuma yo kugera ahabereye iyi mpanuka. Guverineri Kazivita yagize […]

Uwarangije UR afite amanota ya mbere arasaba ubufasha nyuma y’igihe kirekire ari mu bushomeri

Niyonzima Emmanuel warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) aafite amanota ya mbere (first class), arasaba Leta kubafasha gukomereza mu cyiciro cya gatatu nyuma y’igihe kirekire amaze mu bushomeri. Niyonzima yize mu ishami ry’iterambere (development studies), akaba yararangije icyiciro cya kabiri muri UR mu mwaka w’2018. Avuga ko kuva ubwo yagerageje […]

Ndi mu kazi petit_Igisubizo cya Hon Bamporiki ku wamwibasiye

“Ndi mu kazi petit” ni igisubizo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard yahaye uwamwibasiriye ku rubuga rwa Twitter, ubwo yari amaze gukosora imivugire y’Ikinyarwanda y’umwe mu bakobwa bari bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2021. Ubwo habaga umuhango w’umusozo (final) w’irushanwa rya Miss Rwanda, Umunyamakuru Luckman Nzeyimana wari mu bawuyoboye yabajije umukobwa […]

Gen Numbi wayoboye Polisi y’Igihugu yaba yarahunze

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), George Kapiamba, kuri uyu wa 20 Werurwe 2021 yatangaje ko Gen John Numbi wayoboye Polisi y’Igihugu yahungiye muri Zimbabwe abitewe n’ubwoba bw’uko ashobora gutabwa muri yombi. Nk’uko tubikesha Politico, Kapiamba uyoboye umuryango ACAJ uharanira ko buri wese ahabwa ubutabera yagize ati: “Gen John Numbi […]

Musanze: Umuryango w’abantu 10 wakuwe mu mutungo ku ngufu, nyuma y’igihe kirekire utakambira Leta

kajyambe.jpg

Umuryango wa Kajyambere Silas ugizwe n’abantu 10 wari utuye mu Mudugudu wa Susa, Akagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, tariki ya 16 Werurwe 2021 wakuwe mu kibanza kirimo inzu ebyiri ku ngufu nyuma y’igihe kirekire utakambira Leta nyuma y’akarengane wagiriwe. Intandaro y’ibi bibazo ni agace k’ikibanza nimero UPI: 04/03/08/04/3628 Kajyambere wavutse […]

Dr Tedros yasabye Perezida mushya wa Tanzania ubufatanye mu kurwanya Covid-19

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus kuri uyu wa 19 Werurwe 2021 yasabye Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu ubufatanye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Ni ubutumwa Dr Tedros yanditse ku rubuga rwa Twitter nyuma y’irahira rya Samia Suluhu nk’Umukuru w’Igihugu w’inzibacyuho, wasimbuye Dr John Pombe Magufuli wapfuye tariki ya […]

U Rwanda rwihanangirije Ambasaderi w’u Bubiligi kuri Rusesabagina_Belga

Ibiro Ntaramakuru by’Ababiligi (Belga) byatangaje ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yihanangirije Ambasaderi w’u Bubiligi muri iki gihugu, BenoĂźt Ryelandt ku kibazo cya Paul Rusesabagina. Mu gihe ubutabera bw’u Rwanda bukurikiranye Rusesabagina ho ibyaha 9 by’iterabwoba, Belga yavuze ko amakuru ikesha ibitangazamakuru birimo De Standaard na Het Nieuwsblad kuri uyu wa 19 […]

Iby’umurambo wa Kasango umaze hafi ukwezi utarashyingurwa byageze mu rukiko

Umugore wa nyakwigendera Robert Aldridge Kasango (Bob Kasango) wari umunyamategeko ukomeye muri Uganda, Nice Bitarabeho yareze nyirabukwe, Rosie Kabise, mu Rukiko Rukuru amushinja kumutambamira ntashyingure umugabo we. Ni nyuma y’aho guhera tariki ya 2 Werurwe 2021 Bitarabeho, abana be n’abandi babashyigikiye bananiwe kumvikana na Kabise n’abamushyigikiye ku hantu Kasango agomba gushyingurwa, ndetse hakaba harabaye igisa […]

Samia Suluhu amaze kurahirira kuyobora Tanzania, asimbuye Dr Magufuli

Samia Suluhu Hassan wari Visi Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania amaze kurahirira kuba Umukuru w’Igihugu w’inzibacyuho asimbuye nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wapfuye tariki ya 17 Werurwe 2021. Ni igikorwa kibaye hashingiwe ku biteganywa n’Itegekonshinga rya Repubilika, rivuga ko mu gihe Umukuru w’Igihugu agize impamvu zituma atabasha gukomeza kukiyobora zirimo urupfu, Visi Perezida […]

Ikiriyo cy’Umwami w’Abazulu cyitabiriwe n’abarimo abambaye ubusa (Amafoto)

61ad661b33a94036ae086c4b7c52b912.jpg

Tariki ya 12 Werurwe 2021 ni bwo Umwami w’Abazulu, Goodwill Zwelithini wari ufite imyaka 72 y’amavuko yatanze azize indwara ya diyabete (diabetes). Ni inkuru y’incamugongo abatuye mu Ntara ya Kwa Zulu Natal bari bakiriye, kuko abenshi byarabagoye kwakira ko Umwami wabo wari umaze imyaka 52 abayobora yatanze. Ikiriyo cyatangiye kuva ku munsi Umwami Zwelithini yatangiyeho […]

Ijambo rya nyuma Perezida Magufuli yasize abwiye Abatanzaniya

Tariki ya 5 Ugushyingo 2015 ni bwo Perezida Dr. John Pombe Magufuli yatangiye kuyobora Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania nyuma yo gutsinda amatora yo ku wa 25 Ukwakira 2015 nk’umukandida uhagarariye ishyaka CCM (Chama Cha Mapinduzi) ku majwi 55.06%, atsinze abarimo Edward Lowassa wari uhagarariye CHADEMA, we wagize amajwi 31.91%. Dr Magufuli wari usimbuye Jakaya […]

Inteko ya Esipanye yemeje itegeko ritanga uburenganzira bwo kwiyahura

Abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Esipanye kuri uyu wa 18 Werurwe 2021 bemeje itegeko ryo gufasha umuntu ushaka gupfa kurangiza ubuzima bwe bitamugoye, hifashishijwe uburyo burimo guterwa urushinge. Ni nyuma y’aho abagize Inteko 202 muri 345 bari bamaze gutora iri tegeko, abandi 141 bararyanga mu gihe abandi babiri bifashe. Akenshi byakunze kugaragara ko abakenera kwiyahura […]

U Rwanda rurunamira Dr Magufuli kugeza igihe azashyingurirwa

img-20210318-wa0035.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho igihe cyo kunamira Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli waraye apfiriye mu bitaro bya Dar es Salaam azize indwara y’umutima. Nk’uko itangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe byabitangaje kuri uyu wa 18 Werurwe, kunamira Dr Magufuli ku rwego rw’igihugu biratangira uyu munsi bizageze ku munsi nyakwigendera azashyingirwaho. […]

Perezida Kenyatta yashyizeho iminsi 7 yo kunamira Dr Magufuli

Perezida wa Repubulika ya Kenya, Uhuru Kenyatta yashyizeho iminsi 7 yo kunamira Dr Magufuli wayoboraga Tanzania, waraye apfuye ku mugoroba w’ejo tariki ya 17 Werurwe 2021. Itangazo Perezida Kenyatta mu itangazo ryo kuri uyu wa 18 Werurwe yashyizeho umukono, yagize ati: “Nababajwe n’urupfu rw’umuvandimwe, Nyakubahwa John Pombe Magufuli, Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania.” […]

Rwanda-Burundi: Abahagarariye ingabo baba baherutse guhura nyuma gukozanyaho

Tariki ya 28 Gashyantare 2021, ingabo z’u Rwanda zarwaniye n’iz’u Burundi ku musozi wa Twinyoni mu Ntara ya Cibitoke, hafi y’urubibi ruhuza ibihugu byombi. Nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, iyi mirwano yabaye ubwo ingabo z’u Rwanda zirukanaga abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na FLN bari mu ishyamba rya Nyungwe, bitegura kugaba igitero mu gihugu, zibageza […]

Perezida Magufuli yapfuye

Visi Perezida wa Repubulika ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, amaze gutangaza ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yapfuye kuri uyu wa 17 Werurwe 2021. Suluhu yatangarije iyi nkuru ku kigo cya Tanzania cy’itangazamakuru, TBC (Tanzania Broadcasting Corporation), aho avuga ko Perezida Magufuli yapfiriye mu bitaro by’i Dar es Salaam azize indwara y’umutima. Yagize ati: “Ndabamenyesha […]

Joe Biden yavuze ko Putin ari umwicanyi, agomba kubiryozwa

bidenput.jpg

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden kuri uyu wa 17 Werurwe 2021 yatangaje ko mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin ari umwicanyi kandi agomba kubiryozwa. Nk’uko Reuters ibivuga, ni ubutumwa uyu Mukuru w’Igihugu yatambukirije mu kiganiro yagiranaga n’umunyamakuru Geore Stephanopoulos wa televiziyo ABC, nyuma ya raporo yasohowe n’urwego rw’ubutasi ishinja ibiro […]

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko RwandAir itunguka, gusa ‘igira uruhare mu iterambere’

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Ndagijimana Uzziel yatangaje ko sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir itunguka, ariko n’ubwo bimeze bityo ikaba igira uruhare mu iterambere. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru The African Report nk’uko bigaragara mu nkuru yacyo cyasohoye kuri uyu wa 17 Werurwe 2021. Minisitiri Ndagijimana yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije byinshi, […]

Mahama: Impunzi z’Abarundi zagenewe inkunga ya miliyoni 839 Rwf

Guverinoma y’u Buyapani yageneye impunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Mahama mu Rwanda inkunga y’amadolari ya Amerika 856,136 (abarirwa muri miliyoni 839 z’amafaranga y’u Rwanda) yo kuzifasha mu buryo butandukanye muri uyu mwaka w’2021. Nk’uko ishami ry’umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi (HCR) ryo mu Rwanda ryabitangaje tariki ya 15 Werurwe 2021, iyi nkunga y’u Buyapani […]

Uwimana wagaragaye ahondagura umwana, yigeze gushaka kwica se n’umugabo we_Byinshi kuri we

Mu cyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye akavidewo kagaragaza umugore uhondagura umwana byaje kumenyekana ko afite imyaka 5 y’amavuko, amuterura, amutura hasi ndetse amukandagira mu gatuza no ku mutwe. Iyi videwo yahererekanwe ahantu henshi ndetse wasangaga abatuye mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba batekereza ko byabereye iwabo. Hari abaketse ko byabereye mu Rwanda, abandi […]

Zlatan Ibrahimovic yasubiye mu ikipe y’igihugu nyuma y’imyaka 5 asezeye

zlat.jpg

Umukinnyi w’ikipe ya AC Milan yo mu Butaliyani, Zlatan Ibrahimovic, yasubiye mu ikipe y’igihugu ya SuĂšde kugira ngo ayifashe gushaka itike yo kwitabira irushanwa ry’igikombe cy’Isi rizaba mu 2022. Ni nyuma y’imyaka itanu uyu mukinnyi w’imyaka 39 y’amavuko yari amaze ayisezeyemo mu buryo budasubirwaho. Zlatan amaze kwemeza ko agiye kongera gukinira SuĂšde, yifashishije urubuga rwa […]

Buri wese arabizi ko itsinda rya Kyagulanyi ryibye amajwi_Museveni

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni avuga ko buri wese azi neza ko itsinda rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) bari bahanganye cyane mu matora, ryibye amajwi mu bice birimo umujyi wa Kampala. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangaje tariki ya 14 Werurwe 2021 ubwo yagezaga ubutumwa ku Bagande bose, ahakana ibyatangajwe na Bobi Wine wavuze […]

Dr Kayumba yashinze ishyaka rya politiki

Dr. Christopher Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yashinze ishyaka rya politiki riharanira demukarasi ryitwa RPD (Rwandese Platform for Democracy). Nk’uko itangazo ry’impapuro (pages) eshatu Dr Kayumba yageneye itangamakuru n’Abanyarwanda ribivuga, iri shyaka ryashinzwe kugira ngo ritange umusanzu ndetse runateze imbere ubwisanzure, demukarasi, umutekano, amahoro arambye mu Rwanda. […]

Umuhungu wa Museveni yatewe urukingo rwa AstraZeneca

muhoozi1.jpg

Umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yatawe urukingo AstraZeneca rwa Covid-19. Gen. Kainerugaba yabitangarije ku rubuga rwa Twitter, aho avuga ko abimburiye umutwe w’ingabo za Uganda zidasanzwe (SFC) abereye Komanda. Yagize ati: “Uyu munsi nishimiye gutangiza gahunda y’ikingira muri SFC mfata urukingo rwa mbere rwa […]

Mushiki wa Perezida Kim Jong-un yateye ubwoba abayobozi ba USA

Mushiki wa Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru, Kim Yo Jong kuri uyu wa 16 Werurwe 2021 yasohoye itangazo ritera ubwoba abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Impamvu yatumye Kim Yo Jong asohora iri tangazo, ni igikorwa cy’imyitozoya gisirikare ihuriweho ingabo za USA zikomeje gukorana n’iza Koreya y’Epfo kuva mu cyumweru gishize […]

Kamonyi: Batandatu bakekwaho gutema ibiti bya Leta byo ku mihanda bafashwe

csm_imbaho_zirenga_200_51b11799d8_1.jpg

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Nyamiyaga w’Akarere ka Kamonyi, tariki ya 14 Werurwe 2021 yataye muri yombi abagabo batandatu bakekwaho gutema ibiti bya Leta biteye mu mihanda, byaterewe kurwanya isuri. Abatawe muri yombi ni: Niyibizi Jean Claude, Mbabarenkoriki Eric, Hategekimana Frederic, Bizimana Cyliaque, Sebahire Mathieu na Mbonabucya Emmanuel; bakaba barafatanwe “imbaho 279 babaje […]

Gatabazi JMV yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gasana yongera kuba Guverineri

unnamed-11.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 yagize Gatabazi Jean Marie Vianney usanzwe ari Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, amusimbuje Prof. Shyaka Anastase. Ni mu gihe Gasana Emmanuel wigeze kuba Guverineri w’Intara y’Amajyepfo kuva mu 2018 kugeza muri Gicurasi 2020 yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba. Gasana Emmanuel asubijwe ku nshingano ya […]

Guma mu Karere yavuyeho, amasaha y’ingendo yongerewe_Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

ewh_yfcwgaux9y9-90ba3.jpg

Kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Village Urugwiro) hateraniye Inama y’Abaminisitiri, yafatiwemo ibyemezo bitandukanye byibanda ku cyorezo cya Covid-19. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ni we wayoboye Inama y’Abaminisitiri Kimwe mu byemezo byafashwe byari byitezwe cyane harimo gukuraho gahunda ya Guma mu Karere; aho iyi nama yemeje […]

Guverinoma ya Zoe Kabila igiye kugabanya abanyamahanga, kuko babaye ‘uruvunganzoka’

Guverinoma ya Guverineri w’Intara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Zoe Kabila yafashe icyemezo cyo gushakisha abanyamahanga baba mu mujyi wa Kalemie mu buryo butemewe n’amategeko, kugira ngo bose birukanwe. Iki cyemezo cyafashwe n’Inama y’Abaminisitiri ba Tanganyika yari iyobowe na Guverineri Kabila tariki ya 12 Werurwe 2021 nk’uko Radiyo Okapi yabitangaje. Nyuma […]

Abagande bakomoka mu Rwanda biyambuye izina ‘Banyarwanda’ bitewe n’ivangura bakorerwa

Inama y’Abagande bakomoka mu Rwanda yitwaga ‘Banyarwanda’ kuri uyu wa 15 Werurwe 2021 yahinduriwe izina bitewe n’ivangura abayigize bavuga ko bakomeje gukorerwa. Nk’uko Chimp Reports ibivuga, iki cyemezo cyafatiwe muri Serena Hotel iherereye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala uyu munsi, ari nabwo iki cyemezo cyashyizwe mu bikorwa. Abagize iyi nama bemeje ko izina ‘Byanyarwanda’ […]

Col. Sematama yemeje ko yihuje na Col. Makanika

sematama-2.jpg

Col Charles Sematama uherutse gutoroka igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yemeje ko yihuje na mugenzi we Col Michel Rukunda (Makanika) bakomoka mu bwoko bumwe bw’Abanyamulenge, bakaba bagamije kurinda abaturage kuko ngo “ntacyo Leta ikora”. Col Sematama aherutse kubitangariza radiyo BBC, ubwo umunyamakuru yamubazaga niba koko yarihuje na mugenzi we nk’uko byavugwaga. Yamusubuje ati: […]

Abantu 1100 bakekwaho ibyaha bya jenoside baridegembya, abenshi bari mu baturanyi

Umuyobozi w’ishami ry’Ubushinjacyaha rishinzwe gukurikirana aho abakekwaho ibyaha bya jenoside baherereye (GFTU), Jean Bosco Siboyintore, ku wa 12 Werurwe 2021 yatangaje ko hari abantu 1100 bakekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi bacyidegembereza mu mahanga, abenshi bakaba bari mu bihugu by’abaturanyi. Yabitangarije mu mahugurwa y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, yerekeye ku mahame yo kurwanya no guhana icyaha […]

CAR-Amafoto: Umutekano wari wakajijwe mu matora y’Abadepite

rca1.jpg

Muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) kuri uyu wa 14 Werurwe 2021 habaye icyiciro cya kabiri cy’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko. Aya matora yagombaga kubera rimwe n’ay’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 27 Ukuboza 2020 ariko bitewe n’ibibazo by’urugomo; amwe mu masite yarayahagaritse. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe, byatangaje ko […]

Rusesabagina wikuye mu rubanza, Sankara kuri Perezida wa Zambia na Gitifu ushinjwa amacakubiri; mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru yishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 8 Werurwe 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, arimo ay’urubanza rwa Paul Rusesabagina, Sankara n’abandi 19 rwari rukomeje, ayiswe ibihuha yavugaga kuri Perezida Magufuli, aya Gitifu uvugwaho kubiba amacakubiri mu bakozi ayoboye n’ay’ubuzima yerekeye icyorezo cya Covid-19. Amakuru yakiranze ni akurikira: Rusesabagina yikuye mu rubanza rwe Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha 9 by’iterabwoba […]

RDC: Mwarimu yishwe n’umutima, amaze kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa

Mwarimu witwa Kabongo Germain wigishaga mu mujyi wa Kalemie uri mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yishwe n’indwara y’umutima nyuma yo kumenyeshwa ko azamara amezi atatu adahembwa. Ubusanzwe abarimu muri Tanganyika bishyurwa na banki ya TMB. Iyi banki mu Kuboza 2020 yamuhembye amafaranga akoreshwa muri iki gihugu 750,000 kandi yaragombaga […]

Abarenga 254,000 bamaze gukingirwa Covid-19_Uko igikorwa cyagenze kuva cyatangira

Minisitiri Ngamije yakingiwe ku munsi wa mbere

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko kuva gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 yatangira tariki ya 5 kugeza ku ya 13 Werurwe 2021, hamaze gukingirwa Abaturarwanda barenga 254,000. Ni gahunda yatangiye nyuma y’iminsi ibiri inkingo za mbere za Covid-19 zibarirwa mu 342,000; zirimo 240,000 za AstraZeneca n’102,000 za Pfizer BioNTech zigeze mu Rwanda. Uko igikorwa […]

CAR: Ingabo z’u Rwanda zidasanzwe zifite indi misiyo ikomeye uyu munsi

Tariki ya 20 Ukuboza 2020 ni bwo Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Leta yohereje izindi ngabo muri Repubulika ya Centrafrika (CAR) kugira ngo zifashe izisanzweyo kurinda umutekano w’iki gihugu. Byaje kumenyekana ko u Rwanda rwohereje aba basirikare (baturutse mu mutwe w’ingabo zidasanzwe) nyuma y’amasezerano rwari rumaze gusinyana na CAR ndetse imwe muri misiyo yabo […]

Byinshi kuri Rutabayiro uvuga ko ari intasi na ‘Lieutenant’ mu ngabo z’u Rwanda

rutabayiro.jpg

Polisi y’u Burundi ku bufatanye na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yasohoye videwo y’ubuhamya bwa “Lt. Rutabayiro Eric” uvuga ko ari intasi y’u Rwanda. Rutabayiro yavuze ko yinjiye mu gisirikare cy’u Rwanda mu 1995, ajya mu rwego rw’ubutasi mu 2003, akorera akazi ke mu bihugu by’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, […]

Lt. Rutabayiro uvuga ko ari intasi y’u Rwanda, ngo ‘yahungiye mu Burundi’

34278690_1871819882881123_2464994714584088576_o.jpg

Polisi y’u Burundi kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yasohoye videwo y’ikiganiro cy’iminota 5 cy’uwitwa Lieutenant Rutabayiro Eric uvuga ko ari intasi y’u Rwanda, akaba yarahungiye mu Burundi kuko atagishaka gukora aka kazi. Lt. Rutabayiro uvuga ururimi rw’Ikirundi (twarushyize mu Kinyarwanda), yagize ati: “Ndi hano mu gihugu cy’u Burundi kuko nituye mpunze u Rwanda. Nituye […]

Bagaragaza wamaze imyaka 21 mu itorero ‘Urukerereza’ arasaba Leta kumugoboka

Bagaragaza Hussein uvuga ko yamaze imyaka 21 abyinira mu itorero ry’igihugu ‘Urukerereza’, arasaba Leta y’u Rwanda kumugoboka akabasha kubonera umwana we ukiri muto ikimutunga. Avuga ko yatangiye kubyinira mu itorera ryitwa Garukurebe mu 1996, yinjira mu Rukerereza mu 1998 nyuma yo kwitwara neza mu marushanwa yo kubyina, ariko aza gusezerwamo mu 2019. Bagaragaza avuka mu […]

Kariuki atunzwe no gukora inkweto z’inka

Josephat Kariuki ni Umunyakenya utuye mu Karere ka Kirinyaga, akaba atunzwe n’umurimo wo gukora inkweto z’inka. Ubusanzwe Kariuki ni umworozi, akaba yaragize igitekerezo cyo gukora inkweto z’inka ubwo ize yabonaga zibasirwa n’indwara z’ibinono. Nk’uko igitangazamakuru Tuko kibivuga, yatangiye kujya azikora mu mapine ya moto ndetse n’imyenda, yamara kuzikora akazambika inka. Avuga ko ubwa mbere kwambika […]

Perezida Magufuli ni mutaraga_Minisitiri w’Intebe wa Tanzania

Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kasimu Majaliwa kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 yatangaje ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli ari mutaraga, abavuga ko arembejwe na Covid-19 babeshya. Minisitiri Majaliwa yabimenyesheje igitangazamakuru cy’igihugu, TBC (Tanzania Broadcasting Corporation) nk’uko tubikesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. TBC yatumikiye Minisitiri Majaliwa iti: “Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyatanzaniya gutuza kubera ko […]

Sankara yavuze ko Perezida wa Zambia yitwaga ‘Umubyeyi wa Batisimu’ wa FLN

sankara-3.jpg

Nsabimana Callixte (Major Sankara) ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba, yabwiye urukiko ko umutwe witwaje intwaro wa FLN yabereye Umuvugizi, wari warise Perezida wa Zambia Edgar Lungu ‘Parrain wa Batisimu’ bitewe n’inkunga yawuteraga. Yasobanuraga byinshi ku cyaha cyo ‘kugirana umubano na Leta z’amahanga hagamijwe gushoza intambara”. Ati: “Perezida wa Zambia, Edgar Lungu yitwaga Parrain wa Batisimu.” Nsabimana Callixte […]

Urukiko rwategetse ko umunyamakuru Cyuma Hassan arekurwa nyuma ya hafi umwaka afunzwe

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 rwategetse ko umunyamakuru wa shene ya YouTube ya Ishema TV, Niyonsenga DieudonnĂ© uzwi nka Cyuma Hassan arekurwa. Ni nyuma yo gutesha agaciro ibyaha ubushinjacyaha bwamuregaga nk’uko tubikesha umunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika, Eric Bagiruwubusa. Ibi byaha birimo: gukoresha inyandiko mpimbano, gushyamirana n’inzego z’umutekano n’icyo […]

Rusesabagina yavuze ko afite uburenganzira bwo kunganirwa n’Umwavoka, n’ubwo yaba ari uwo mu Ijuru

Mu rubanza rukomereje mu Rukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi; Paul Rusesabagina yavuze ko afite uburenganzira bwo kunganirwa n’Umwavoka ashaka, n’ubwo yaba aturutse mu Ijuru. Mu mbogamizi Rusesabagina akomeje kugaragaza, yavuze ko atahawe uburenganzira bwo kunganirwa n’abanyamategeko b’abanyamahanga, barimo: Umunya-Australia Kate Gibson n’Umunya-Canada Philippe Larochelle. Ati: “Sinumva rero impamvu ari njyewe jyenyine […]

Uwunganganira Rusesabagina yasabye ko urubanza rwe rwasubukurwa nyuma y’amezi 6

Umunyamategeko wunganira Paul Rusesabagina, Me Rudakemwa Jean Felix yasabye urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi ko urubanza rwasubikwa, rugasubukurwa nyuma y’amezi atandatu. Yabivuze kuri uyu wa 12 Werurwe 2021 ubwo uru rubanza byitezwe ko ruburanishwa mu mizi rwasubukurwaga. Uyu munyamategeko avuga ko dosiye ya Rusesabagina n’abo bareganwa uko ari 20 ari nini […]

EU ibona ko ibihugu bidakwiye guhagarika urukingo rwa AstraZeneca

Urwego rw’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi rushinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti, EMA, kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 rwagaragaje ko nta mpamvu y’uko ibihugu byakomeza guhagarika urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca. Ni nyuma y’iperereza ry’ibanze uru rwego rwakoze ubwo ibihugu bigize uyu muryango nka: Denmark, Iceland, u Butaliyani, Luxembourg, Autriche, Estonia, Latvia, Lithuania, na NorvĂšge byari bimaze kuruhagarika, […]

Tundu Lissu avuga ko Perezida Magufuli yajyanwe kuvurirwa mu Buhinde

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, Tundu Lissu avuga ko Perezida Dr. John Pombe Magufuli yavanwe muri Kenya aho byavugwaga ko yari arwariye, ajyanwa mu Buhinde ari muri ‘coma’. Yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) abibwira ko ari amakuru yakuye ku baganga n’abashinzwe umutekano muri Kenya, “gusa ntiyatanga igihamya”. Lissu yakomeje abwira ibi biro ko Perezida […]

Perezida Kagame n’umufasha we bakingiwe Covid-19

he.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’umufasha we, Jeannette Kagame kuri uyu wa 11 Werurwe 2021 bakingiwe icyorezo cya Covid-19. Nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byabitangaje, iki gikorwa cyabereye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, i Kigali. Village Urugwiro ku rubuga rwa Twitter yagize iti: “Muri gahunda yo gukingira ikomeje hirya no hino mu […]