Umunyemari Colonel (Rtd) Dennis Karera, nyir�inyubako ya Kigali Heights, ahangayikishijwe n�abize muri kaminuza mu byiciro bibanza badashobora kwandika amabaruwa asaba akazi.
Izi mpungenge yazigaragarije mu nama y�igihugu y�Umushyikirano kuri uyu wa 27 Gashyantare 2023, abaza Minisitiri w�uburezi, Dr Uwamariya Valentine uko biba byagenze ngo ireme ry�uburezi ribure no muri kaminuza.
Yagize ati: "Haracyari ikibazo hano, nkeka ko bagenzi banjye bakizi. Mu bantu 10 duha interview zo gukora akazi runaka kandi bafite za degrees, degrees z�ino aha sinzi uko ziteye, ariko abantu bafite degrees ntabwo bazi kwandika inzandiko zisaba akazi. Ku bantu 10 bagusaba akazi, hanyuramo nk�umwe, na we aba ari muri za 60%.�
Karera yakomeje abaza aho ireme ry�uburezi ryagiye ku buryo bigera n�aho umuntu warangije icyiciro gihanitse cya kaminuza (master�s) ananirwa gusubiza ikibazo abajijwe ku ngingo runaka.
Yagize ati: �Ndibaza quality ya education yagiye hehe? Twakora iki kugira ngo abantu bafite degrees zibanza, yewe n�abafite master�s degrees! Iyo umwicaje ahantu, ukamuha urupapuro n�ikaramu, ukamuha na topic yewe, uti �Subiza iki kibazo�, Babura ibyo bandika.�
Minisitiri Uwamariya, yasubije Karera ko koko ikibazo cy�ireme ry�uburezi gihari, ariko ko kitari muri bose. Ati: �Ntirihari ku kigero gishimishije, ari na yo mpamvu mu rwego rw�uburezi bisaba byinshi mu bijyanye no kubaka ubushobozi bw�abakora muri urwo rwego, cyane cyane duhereye kuri mwarimu, kubashyiriraho aho bakorera hujuje ibisabwa, kubashyiriraho imfashanyigisho n�integanyanyigisho zihagije ariko noneho n�uruhare rw�abikorera.�
Minisitiri Uwamariya yasobanuye ko mu rwego rwo kongerera ubushobozi abarimu, Leta yashyizeho gahunda yo kwishyurira abiga mu nderabarezi (TTCs) 50% by�amafaranga y�ishuri, kandi amahirwe yo kwigamo agahabwa abagize amanota meza, kimwe no kwishyurira abiga mu ishami ry�uburezi muri kaminuza ya Leta.
Uyu muyobozi yasobanuye ko ireme ry�uburezi ritari ku rwego rushimishije ryatewe ahanini no kuba za TTCs na kaminuza nderabarezi zarakiraga abagize amanota make. Ati: �Hari igihe cyageze, abantu bakumva uwiga uburezi ari uwabonye amanota make. Ari cyo cyagiye kigira n�ingaruka ku burezi dufite uyu munsi, ari na cyo kituvuna.�
Tanga igitekerezo