Antonio Guterres yamaganye gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, avuga ko rukennye
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko adashyigikiye umugambi w’u Bwongereza wo kohereza abimukira mu Rwanda, avuga ko rukennye. Guterres yabitangarije mu kiganiro yagiranye na BBC, nyuma y’uruzinduko yagiriraga mu bihugu bya Senegal, Niger na Nigeria. Umunyamabanga Mukuru wa Loni yavuze ko amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza […]
Hakizimana Muhadjili yagejeje Police FC muri ½ cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro
Ikipe ya Police FC yabaye ikipe ya kane izakina ½ cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera Etoile de l’Est ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yari yakiriye Etoile de l’Est kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino wo kwishyura wa ¼ cy’irangiza. Ni nyuma y’ubanza wari warabereye i Ngoma Police FC […]
Umutoza Adil yifatiye ku gahanga abanyamakuru barimo Kazungu na Kayishema wa RBA
Umutoza w’Ikipe ya APR FC, Mohammed Adil Erradi, yakomoje ku banyamakuru barimo Kazungu Claver wa Radio/TV10 na Kayishema Tity Thierry wa RBA bakunze kumujora, avuga ko nta bumenyi na buke bafite ku mupira w’amaguru. Uyu munya-Maroc yakomoje kuri aba banyamakuru ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, nyuma y’umukino wa 1/4 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro APR FC yatsinzwemo na Marines […]
Real Madrid yasanze Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league ibabaje Man City
Ikipe ya Real Madrid yasanze Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Manchester City ku giteranyo cy’ibitego 6-5. Iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti yari yakiriye Man City i Santiago Bernabeu, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza warangiye iyitsinze ibitego 3-1; byose byinjiye mu minota ya nyuma y’umukino. Iminota 45 […]
APR FC yatsinzwe na Marines FC, isanga Rayon Sports muri 1/2 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro
Ikipe ya APR FC yageze muri 1/2 cy’irangiza cy’Igikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera Marines FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Marines FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza warangiye itsinzwe igitego 1-0. Igitego cyo ku munota wa 65 w’umukino cya rutahizamu Mugiraneza Floduard […]
APR FC yakoze impanuka ikomeye ijya gukina na Marines FC
Ikipe ya APR FC ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu yakoze impanuka ikomeye, ubwo yavaga i Shyorongi mu karere ka Rulindo yerekeza mu mujyi wa Kigali. Iyi mpanuka yabereye mu makorosi y’i Shyorongi ho mu murenge wa Kanyinya mu karere ka Nyarugenge, nyuma gato y’uko APR FC yari imaze guhaguruka yerekeza kuri Stade ya […]
Igisirikare cy’u Burundi cyemeje ko hari abasirikare bacyo bishwe n’ababuriye muri Somalia
Igisirikare cy’u Burundi cyemeje ko hari abasirikare bacyo biciwe muri Somalia abandi baburirwa irengero, nyuma y’igitero cy’iterabwoba umutwe wa Al Shabaab uheruka kugaba ku birindiro by’Ingabo z’Umuryango wa Afurika ziri ku garura amahoro muri Somalia barimo. muri Somalia bitabye Imana, nyuma y’igitero inyeshyamba zo mu mutwe wa Al Shabaab zagabye ku birindiro byabo. Iki gitero […]
Abasirikare batari bake b’u Burundi biciwe muri Somalia na Al Shabaab
Abasirikare batari bake b’u Burundi bari mu bikorwa by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe byo kugarura amahoro muri Somalia bitabye Imana, nyuma y’igitero inyeshyamba zo mu mutwe wa Al Shabaab zagabye ku birindiro byabo. Iki gitero cyagabwe ku birindiro by’Ingabo za Afurika yunze Ubumwe mu gace ka Middle Shabele, mu majyepfo ashyira u Burengerazuba bw’umurwa mukuru […]
Liverpool yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league isezereye Villarreal
Ikipe ya Liverpool yabaye ikipe ya mbere igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions y’uyu mwaka, nyuma yo gutsinda Villarreal ibitego 3-2 ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-2. Iyi kipe y’umutoza Jürgen Klopp yari yasuye Villarreal ya Unai Emery kuri Estadio de la Ceramica mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza, nyuma y’ubanza wo mu […]
Igikombe cy’amahoro: Rayon Sports yasezereye Bugesera FC, itegereza APR FC bashobora guhurira muri 1/2
Ikipe ya Rayon Sports yageze muri 1/2 cy’irangiza cy’Igikombe cy’amahoro, nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-0 ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-0. Igitego cy’Umugande Musa Esenu cyo ku munota wa 11 w’umukino n’icy’umunya-Caméroun Essomba Willy Onana cyo ku munota wa 34 w’umukino ni byo byafashije Rayon Sports gusezerera Bugesera yari yaratsindiye igitego 1-0 mu mukino […]
Kera kabaye imodoka y’igihembo ya Miss Muheto igiye kugera mu Rwanda
Ubuyobozi bwa company ya Hyundai Rwanda icuruza imodoka, bwatangaje ko imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai Venue igomba guhembwa Nshuti Divine Muheto wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022 igiye kugera mu Rwanda, nyuma y’amezi hafi abiri uyu mukobwa ayitegereje. Mu busanzwe byari bimenyerewe ko umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda ahita ahabwa imodoka isanzwe ari […]
Cabo Delgado: Ingabo z’u Rwanda zabohoye amagana y’abaturage bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iz’umuryango wa SADC, zashoboye kugarura ubuzima mu karere ka Macomia ho mu ntara ya Cabo Delgado, nyuma ya Operasiyo yari imaze ukwezi kose. Aha muri Macomia Ingabo z’u Rwanda zari zarahageze tariki ya 30 Werurwe, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umutekano muke wari waratewe n’ibyihebe. Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald […]
Akari ku mutima wa Sergio Ramos na bagenzi be bagendereye u Rwanda
Myugariro Sergio Ramos na bagenzi be bakinana muri Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, bagaragaje ko bishimiye ibihe byiza bari kugirira mu Rwanda birimo kuba barashoboye gusura ingagi. Kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Ramos, Keylor Navas, Julian Draxler na Thilo Kehrer bari mu Rwanda; aho baje muri gahunda ya Visit Rwanda PSG bakinira ifasha u […]
Kiyovu Sports yanyagiye Rutsiro FC, ikomeza kotsa igitutu APR FC
Ikipe ya Kiyovu Sports yanyagiye Rutsiro FC ibitego 4-0, yongera gusatira APR FC bahanganiye igikombe cya shampiyona. Iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis yari yakiriye Rutsiro FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona. Ni umukino Kiyovu Sports yasabwaga gutsinda kugira ngo igabanye ikinyuranyo cy’amanota ane APR FC yari yashyizemo […]
Ukraine yatanze ukuri ku wiswe ‘Umuzimu wa Kiev’ uvugwaho guhanura indege zirenga 40 z’u Burusiya
Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko umupilote wacyo wiswe ‘Umuzimu wa Kiev’ wavugwagaho guhanura indege z’intambara z’u Burusiya zirenga 40 nta wigeze abaho. Iki gisirikare cyatangaje ibi nyuma y’uko bitangajwe y’uko Major Stepan Tarabalka wo mu ngabo zirwanira mu kirere za Ukraine waguye mu mirwano n’Ingabo z’u Burusiya yaba ari we wamamaye nk’umuzimu wa Kiev. Uyu […]
Gen Muhoozi yihenuye ku banzi be bakunze kumurwanya, atangaza ko agiye kwinjira muri Politiki
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko mu gihe cya vuba ashyira hanze gahunda ye y’urugendo rushya rwa Politiki ateganya gutangira. Gen Muhoozi yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Ukuri k’uko abakundaga kuntuka buri munsi bose kuri ubu bari guhatirizwa n’abaturage kuruca bakarumira ntigusanzwe. […]
Sergio Ramos na bagenzi be basuye Parike y’Igihugu y’Akagera (Amafoto)

Myugariro Sergio Ramos na bagenzi be bakinana muri Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, ejo ku Cyumweru basuye ibice bitandukanye by’igihugu birimo Parike y’Igihugu y’Akagera. Kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Ramos na bagenzi be bari hano mu Rwanda aho baje muri gahunda ya Visit Rwanda. Uyu munya-Espagne wahoze akinira Real Madrid yazanye na bagenzi be […]
Kwa Rusesabagina bareze abarimo Perezida Kagame muri USA, ngo barifuza indishyi ya Frw miliyari 400
Umuryango wa Paul Rusesabagina ufungiye hano mu Rwanda watangaje ko watanze ikirego cya $ miliyoni 400 (abarirwa muri Frw miliyari 400) mu nkiko zo muri Amerika, uvuga ko uyu mugabo yashimuswe n’u Rwanda akanakorerwa iyicarubozo. Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda ku wa 04 Mata rwashimangiye igifungo cy’imyaka 25 Rusesabagina yari yarakatiwe muri Nzeri 2021 n’Urukiko rukuru […]
Perezida Kagame yavuze ko abakobwa Prince Kid akurikiranweho guhohotera barenga 10
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje kuri Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid ufunzwe akekwaho gusambanya abakobwa bagiye bitabira irushanwa rya Miss Rwanda, avuga ko abo akekwaho guhohotera barenga 10. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu Nama Nkuru y’Umuryango wa FPR Inkotanyi yabereye muri Kigali Arena. Ku wa Mbere tariki ya […]
Ingabo z’u Burusiya zishe ‘Umuzimu wa Kiev’ wari umaze guhanura indege zirenga 40 z’igisirikare cyabwo
Ingabo z’u Burusiya zishe umupilote w’imwe mu ndege z’igisirikare cya Ukraine wamamaye nk’umuzimu wa Ukraine, nyuma y’uko yari amaze guhanura indege zirenga 40 z’igisirikare cy’u Burusiya. Uyu mupilote wiswe ‘Umuzimu wa Kiev’ yatangiye kuvugwa cyane ku munsi wa mbere w’intambara y’u Burusiya na Ukraine, nyuma yo guhanura indege esheshatu z’u Burusiya mu munsi umwe. Ku […]
Sergio Ramos na bagenzi be bakinana muri PSG bari i Kigali (Amafoto)

Myugariro Sergio Ramos na bagenzi be bakinana mu kipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa, bamaze kugera i Kigali aho baje gusura u Rwanda. Uyu munya-Espagne yazanye n’umunya-Costa Rica Keylor Navas usanzwe akina mu izamu rya PSG, Umudage ufite inkomoko mu Burundi Thilo Kehler cyo kimwe na rutahizamu w’Umudage Julian Draxler. Ku manywa […]
Mino Raiola wari ukirwana n’ubuzima yapfuye
Umutaliyani Mino Raiola wari uhagarariye inyungu z’abakinnyi batandukanye ku Isi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu agejeje ku myaka 54 y’amavuko. Mino Raiola yari ahagarariye abakinnyi batandukanye barimo Zlatan Ibrahimovic, Paul Pogba, Erling Haaland, Marco Veratti, Romelu Lukaku Hernrick Mikhtaryan n’abandi. Ku wa Kane w’iki cyumweru byari byatangajwe ko yitabye Imana, gusa iyo nkuru iza […]
Isezerano rya Tshisekedi ku mitwe yitwaje intwaro yemeye ibiganiro na we
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’igihugu cye yemeye kugirana ibiganiro na Guverinoma ye, avuga ko igisubizo cyayo kiza ari icyubahiro kuri RDC. Tshisekedi yabigarutseho ku wa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yagezaga ijambo ku bahagarariye iriya mitwe bari mu biganiro na Guverinoma ya RDC biri […]
Ba Jenerali ba UPDF batsinzwe n’abadepite mu mukino wo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Uganda batsinze abasirikare bo ku rwego rwa ba Jenerali muri UPDF ibitego 3-1, mu mukino wa gicuti bari bahuriyemo mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ku itariki ya 24 Mata ni bwo Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni ndetse akanaba Umugaba […]
PM E. Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo gusezera kuri Kibaki
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ejo ku wa Gatanu yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Mwai Kibaki wahoze ari Perezida wa Kenya. Ni umuhango wabereye kuri Stade ya Nyayo i Nairobi, witabirwa n’abanya-Kenya ndetse n’incuti zabo babarirwa mu bihumbi. Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente ari mu banyacyubahiro bitabiriye uriya muhango. Mu […]
Perezida Ndayishimiye yinjije ba Ofisiye bashya mu gisirikare cy’u Burundi (Amafoto)

Perezida w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa Gatanu yinjije mu gisirikare Abofisiye bashya barangije amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare, Institut Supérieur des Cadres Militaires (ISCAM). Ni umuhango wahuriranye no gutangiza umwaka wa ririya shuri wa 2020/2021 wayobowe na Perezida Ndayishimiye. Hari kandi n’abasirikare bakuru mu ngabo […]
AS Kigali ya Cassa yasubiriye Gasogi United
Ikipe ya AS Kigali yatsinze Gasogi United ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere wabaye kuri uyu wa Gatanu. Ni umukino AS Kigali yari yakiriyemo Gasogi kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ibitego bibiri byatsinzwe na Bavakure Ndekwe Félix wahuraga na Gasogi United yahozemo ni byo byafashije AS Kigali kwegukana […]
U Bwongereza: Abimukira bajyanye Guverinoma mu nkiko barwanya gahunda yo kubohereza mu Rwanda
Abimukira babiri binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bajyanye Guverinoma y’iki gihugu mu rwego rwo kurwanya gahunda yo kubimurira mu Rwanda. Abareze Guverinoma y’u Bwongereza barimo umugabo wageze muri iki gihugu muri Gashyantare avuye muri Eritrea ndetse n’umunya-Iran wahageze muri Werurwe. Bombi bararwanya amasezerano y’imyaka itanu yashyizweho umukono ku wa 14 Mata hagati ya […]
Perezida Zelensky arifuza kugirana umubano wa hafi na Afurika
Perezida Volodymir Zelensky wa Ukraine yongeye gusaba ko yageza ijambo ku bakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika yunze ubumwe, anagaragaza ko yifuza kugirana umubano wa hafi n’uriya muryango. Perezida Zelensky yabisabye abinyujije muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dimitro Kukeba wagejeje ubusabe bwe kuri Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat. […]
Madamu Jeannette Kagame yakiriye ababaye aba Miss, bamwizeza guhindura imyitwarire
Madamu wa Perezida Paul Kagame, Jeannette Kagame, ku mugoroba w’ejo ku wa Kane yakiriye abakobwa bagiye begukana amakamba atandukanye mu irushanwa rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye, abasaba buri gihe guhitamo neza. Madamu Jeannette Kagame yakiriye aba bakobwa ari kumwe n’abagore batandukanye, barimo abakora muri Guverinoma ndetse n’abakora indi mirimo itandukanye nk’abo mu buvuzi ndetse […]
Ivuguruye: Mino Raiola byari byatangajwe ko yapfuye yatangaje ko ari muzima
Nyuma y’uko bitangajwe ko Mino Raiola uhagarariye inyungu za benshi mu bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru ku Isi yitabye Imana kuri uyu wa Kane, uyu mutaliyani yatangaje ko akiri muzima. Railo usanzwe ari umu-agent wa benshi mu bakinnyi bakomeye ku Isi ashinzwe gushakira amakipe nka Zlatan Ibrahimovic wa AC Milan, Paul Pogba wa Manchester United, Erling […]
Abakinnyi batatu ba PSG barimo Sergio Ramos bategerejwe mu Rwanda
Abakinnyi batatu n’ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, bitezweho gusura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru. Batatu bategerejwe hano mu Rwanda barimo myugariro Sergio Ramos wahoze ari Kapiteni wa Real Madrid y’iwabo muri Espagne, umunyezamu Keylor Navas ukomoka muri Costa Rica cyo kimwe na rutahizamu w’Umudage Julian Draxler. Byitezwe ko bazasura u Rwanda ku […]
Inama za Perezida Kenyatta ku mitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC
Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yahamagariye imitwe yitwaje intwaro itandukanye ikorera muri Congo Kinshasa kuzirambika hasi, ahubwo igakorana na Perezida Félix mu guharanira amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa kiriya gihugu. Ni ubutumwa bwa videwo ya Kenyatta bwatambukijwe ejo ku wa Gatatu, ubwo hakomezaga ibiganiro biri guhuza Leta ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka […]
Putin yavuze ko igihugu cyose cyivanze mu ntambara yo muri Ukraine azakirasaho intwaro kirimbuzi
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yatangaje ko buri gihugu cyose cyatinyutse kwivanga mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine azakirasaho intwaro kirimbuzi nibiramuka bibaye ngombwa. Perezida Putin yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Mata, ubwo yagezaga ijambo ku bagize inteko ishinga amategeko y’igihugu cye i St Petersburg. Yavuze ko igisubizo cye ku bihugu byivanze […]
Museveni yatangaje ko yiteguye kohereza Ingabo muri Mozambique guhashya ibyihebe
Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko Uganda yiteguye kohereza ingabo mu ntara ya Cabo Delgado ho muri Mozambique, mu rwego rwo gutanga umusada mu guhashya ibyihebe bimaze igihe byarayiyogoje. Museveni yemeje aya makuru kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro n’itangazamakuru, nyuma y’uruzinduko Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yagiriye muri Uganda kuri uyu wa Gatatu. Yavuze […]
Centrafrique yabaye igihugu cya 2 ku Isi cyemeje Bitcoin nk’ifaranga ryemewe n’amategeko
Repubulika ya Centrafrique kuri uyu wa Gatatu yabaye igihugu cya kabiri ku Isi cyemeje Bitcoin nk’ifaranga rikoreshwa byemewe n’amategeko. Bitcoin ni ifaranga riri muri menshi yo mu buryo bw’ikoranabuhanga abenshi bazi nka ‘Digital currency’, ‘Digital Cash’, ‘Virtual Currency’, ‘Electronic Currency cyangwa Cryptocurrency’. Ni ifaranga ryakozwe bwa mbere mu 2009 n’umuhanga mu bya mudasobwa wagizwe ubwiru […]
U Burusiya bwaburiye u Bwongereza na NATO ko bushobora kurasa ku bikorwa remezo bya gisirikare byabo
Guverinoma y’u Burusiya yatanze umuburo w’uko ishobora kurasa ku bikorwa remezo bya gisirikare by’u Bwongereza, kubera ubufasha iki gihugu gikomeje guha Ukraine. U Burusiya bwatanze uyu muburo nyuma y’ ‘amagambo y’ubushotoranyi’ buvuga ko aheruka gutangazwa na Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza ashyigikira ibitero ku Burusiya. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, Maria Zakharova, yavuze ko […]
Suède yashyikirije u Rwanda Micomyiza yafatiye ku butaka bwayo
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu, bwakiriye Micomyiza Jean Paul ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyikirijwe n’igihugu cya Suède. Muri 2020 ni bwo Micomyiza uzwi nka ‘Mico’ yatawe muri yombi afatiwe muri Suède, mbere yo gufata icyemezo cyo kumwohereza mu Rwanda. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo indege […]
Miss Akaliza Amanda yiyemeje kuvuga ukuri ku bibera muri Miss Rwanda
Miss Akaliza Amanda wabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda wa 2021, yiyemeje kuvuga ukuri nyuma y’amahano n’amanyanga amaze igihe avugwa muri iri rushanwa. Miss Amanda yiyemeje kuvuga ukuri, nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutaye muri yombi Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, akaba umuyobozi wa Kompanyi ya Rwanda Inspiration Backup itegura Miss […]
UEFA Champions league: Manchester City yatsinze Real Madrid mu mukino wabonetsemo ibitego 7
Ikipe ya Manchester City yatsinze Real Madrid ibitego 4-3, mu mukino w’ishiraniro ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Manchester City yari yakiriye Real Madrid ku kibuga cya Stade ya Etihad muri uyu mukino waranzwe no gusatirana gukomeye ku mpande zombi. Mu minota 11 ya mbere y’umukino Manchester City yari yamaze kubona ibitego bibiri […]
Igikombe cy’Amahoro: Musa Esenu yafashije Rayon Sports gutsinda Bugesera FC
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yatsinze Bugesera FC igitego 1-0, mu mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza cy’Igikombe cy’amahoro. Igitego rukumbi cyo ku munota wa 10 w’umukino cyatsinzwe n’Umugande Musa Esenu ni cyo cyafashije Rayon Sports kwegukana itsinzi y’uyu mukino. Hari ku mupira wari uhinduwe na Iranzi Jean Claude, Nishimwe Blaise awutanga n’umutwe […]
Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup akurikiranweho gusambanya abakobwa bagiye bitabira Miss Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufunze Ishimwe Dieudonné uyobora Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda, akaba akekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakoreye abakobwa bitabiriye iri rushanwa mu bihe bitandukanye. Ishimwe Dieudonné yatawe muri yombi nyuma y’amakuru yagiye avugwa y’uko abakobwa bitabira Miss Rwanda basambanywa ndetse n’andi manyanga avugwa muri iri rushanwa. […]
Umutoza Florent Ibengé yakoze impanuka ikomeye
Ikipe ya RS Berkane yo mu gihugu cya Maroc, yatangaje ko Umukongomani Florent Ibengé usanzwe ari umutoza wayo mukuru yakoze impanuka ikomeye. Ibengé yakoze impanuka y’imodoka ejo ku wa Mbere ubwo yari avuye mu myitozo yerekeza iwe mu rugo. Uyu mutoza kuri ubu arwariye mu bitaro bya RS Berkane Mohammed VI University muri Maroc, nyuma […]
Perezida Kagame yemereye Gen Muhoozi kujya abanza gusuzuma ubutumwa atambutsa kuri Twitter
Perezida Paul Kagame yemereye Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ubufasha bwo kujya abanza gusuzuma ubutumwa atambutsa ku rubuga rwa Twitter. Perezida Kagame yemereye Gen Muhoozi iyi serivisi ubwo yari yitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’imyaka 48 y’amavuko biheruka kubera i Kampala. Gen Muhoozi Muhoozi ni we wari wahaye ubutumire muri […]
Perezida Kagame waraye i Kampala yagiranye indi nama yihariye na Museveni
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere yagiranye indi nama yihariye na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, mbere yo gusoza uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga muri Uganda. Perezida Kagame kuva ejo ku Cyumweru yari i Kampala muri Uganda, aho yari yitabiriye ibirori by’isabukuru y’imyaka 48 y’amavuko ya Gen Muhoozi Kainerugaba; umuhungu wa Perezida Museveni. […]
Perezida Kagame yahishuye uko Gen Muhoozi yashakishije nimero ye, akamubaza niba yakwemera ko amusura
Perezida Paul Kagame yavuze imyato Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, kubera uruhare yagize mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda. Ejo ku Cyumweru tariki ya 24 Mata ni bwo Gen Muhoozi usanzwe ari imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni yizihije isabukuru y’imyaka 48 amaze avutse. Perezida Paul Kagame yari […]
Rayon Sports yirukanishije abatoza ba AS Kigali
Ikipe ya AS Kigali yamaze gutandukana n’Umugande Mike Mutebi wari umutoza wayo mukuru cyo kimwe na Jackson Mayanja wari umwungiriza we. Mutebi na Mayanja bari abatoza ba AS Kigali kuva muri Mutarama uyu mwaka nyuma yo kuyigeramo basimbuye Eric Nshimiyimana n’abungiriza be bari bamaze kwirukanwa. Aba batoza b’Abagande birukanwe nyuma y’uko AS Kigali itsinzwe na […]
Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Macron wongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa ‘abikwiriye’
Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron watorewe kuyobora u Bufaransa muri manda ye ya kabiri, avuga ko intsinzi yabonye yari ayikwiriye. Ku Cyumweru tariki ya 24 Mata ni bwo Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa mu myaka itanu iri imbere, ahigitse Marine Le Pen bari bahanganiye mu cyiciro cya nyuma cy’amatora. Macron ubarizwa mu Ishyaka […]
Museveni yashimiye P. Kagame wemeye ubutumire bwa Gen Muhoozi no kugenderera Uganda nyuma y’imyaka myinshi
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ku mugoroba w’ejo ku Cyumweru yakiriye ku meza mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, amushimira ku bwo kwitabira ubutumire bw’umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ku gicamunsi cyo ku munsi w’ejo ni bwo Perezida Paul Kagame yageze i Kampala, mu ruzinduko rwihariye yagiriye muri Uganda. Ni uruzindiko Umukuru w’Igihugu […]
M23 yirukanwe mu biganiro biri guhuza RDC n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo
Umutwe wa M23 wirukanwe mu biganiro byamaze gutangira hagati ya Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa kiriya gihugu. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo ibi biganiro byatangiye i Nairobi mu gihugu cya Kenya. Perezidansi ya Congo Kinshasa ibinyujije kuri Twitter yayo yatangaje ko mu gihe ibi biganiro […]
U Rwanda nta na rimwe rwigeze rudufasha_Umuvugizi wa M23
Umutwe wa M23 wamaganiye kure amakuru avuga ko waba uterwa inkunga y’ibikoresho n’Igisirikare cy’u Rwanda, uvuga ko nta na rimwe u Rwanda rwigeze ruwuha ubufasha ubwo ari bwo bwose. Ni nyuma y’amakuru yakunze gusakazwa kuva muri 2012 na bamwe mu banyapolitiki b’abanye-Congo ndetse na bamwe mu barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bavuga ko ari rwo rwaba […]
Ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi byatangiye, u Rwanda rwahagarariwe (Amafoto)

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 22 Mata mu bice bitandukanye bya Uganda hatangiye ibirori bibanziriza isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akanaba imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ku Cyumweru tariki ya 24 Mata ni bwo Gen Muhoozi azizihiza isabukuru y’imyaka 48 amaze abonye izuba, ari na […]
Stade Amavubi ashobora gushakiraho itike ya CAN 2023 yafunzwe by’agateganyo
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu Tariki ya 23 Mata bwafunze by’agateganyo Stade Mpuzamahanga ya Huye, mu rwego rwo kuyivugurura by’agateganyo. Akarere ka Huye kemeje ko iyi Stade yafunzwe mu itangazo ryashyizweho umukono na Sebutenge Ange usanzwe akayobora. Nta mpamvu yatumye iyi Stade iba ifunzwe yatangajwe. Stade Mpuzamahanga ya Huye […]
RDC yahaye imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo amahirwe ya nyuma
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ibiganiro yemeye kugirana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’iki gihugu ari amahirwe ya nyuma yayihaye, kugira ngo abarwanyi bayo barambike intwaro hasi. Umuvugizi wungirije wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi, Tina Salama, yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Amahirwe ya nyuma ku […]
Rubavu: Umukongomani yatawe muri yombi ashyiriye urumogi ‘ruharwa’ w’Umunyarwanda mu kurucuruza
Polisi ikorera mu karere ka Rubavu, yafatiye ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo uzwi nka Grande Barrière Umukongomani witwa Amuli-Lwamungu- Goinara, agerageza kwinjiza mu Rwanda urumugi udupfunyika 1,000. Uyu munye-Congo yafatiwe mu murenge wa Gisenyi ku wa Kane Tariki ya 21 Mata, Polisi ikavuga ko urumogi yafatanwe yari aruzaniye uwitwa Manzi […]
Guinée: Kera kabaye Alpha Condé yemerewe kwidegembya
Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry yemerewe kwishyira akizana, nyuma y’amezi atandatu ahiritswe ku butegetsi. Tariki ya 05 Nzeri 2021 ni bwo Condé wari umaze imyaka 10 ayobora Guinée yahiritswe n’abasirikare bo mu mutwe w’Ingabo zidasanzwe bari barangajwe imbere na Col Mamadi Doumbouya kuri ubu uyoboye Guinée-Conakry mu buryo bw’inzibacyuho. Kuva icyo gihe Alpha […]
Perezida Kagame ategerejwe muri Uganda kuri uyu wa Gatandatu
Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Uganda kuri uyu wa Gatandatu, mbere yo kwitabira ibirori by’isabukuru y’imyaka 48 y’Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Gen Muhoozi aheruka kwemeza aya makuru mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Nejejwe cyane no gutangaza ko […]
Perezida Kagame yafashe mu mugongo abanya-Kenya nyuma y’urupfu rwa Kibaki
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije abanya-Kenya ndetse n’umuryango wa Mwai Kibaki, nyuma y’urupfu rw’uyu mukambwe wabaye Perezida wa Kenya. Kibaki yayoboye Kenya imyaka 10 hagati ya 2003 na 2013, mbere yo gusimburwa na Perezida Uhuru Kenyatta kuri ubu na we uri mu nzira yo gusoza manda ye ya kabiri yo kuyobora kiriya gihugu. Perezida […]
Uganda yatangije iperereza ku cyateye impanuka y’indege ya RwandAir i Kampala
Ikigo cya Uganda Gishinzwe Indege za Gisivile (UCAA), cyatangaje ko cyamaze gutangiza iperereza ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’impanuka indege ya RwandAir iheruka gukorera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe i Kampala. Saa kumi n’imwe n’iminota 31 z’igitondo cyo ku wa Gatatu w’iki Cyumweru ni bwo iyi ndege ya RwandAir CRJ 900 yanyereye, igwa inyuma y’ikibuga […]
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia yarusimbutse
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Somalia, Abdisaid Muse Ali yarusimbutse, nyuma y’igitero we n’abo bari kumwe bagabiweho mu mujyi wa Galkayo. Ni umujyi uherereye mu gace ka Puntland, ku birometero 750 mu majyaruguru y’Umurwa mukuru Mogadishu. Minisitiri Abdisaid yatangaje ko igitero yagabweho cyari kigambiriye gutwara ubuzima bwe. Amakuru aturuka mu mujyi wa Galkayo avuga ko ubwo […]