Icyo Perezida Kagame avuga kuri Amerika yavuze ko hari Ingabo za RDF ziri muri RDC
Perezida Paul Kagame yatangaje ko yatunguwe cyane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziheruka kuvuga ko hari Ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa RDC, nyamara zarahisemo kuruca zikarumira ku bibazo bibangamira umutekano w’u Rwanda. Mu kwezi gushize ni bwo Ambasade ya Amerika i Kinshasa yemeje ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye ku butaka bwa […]
Sadio Mané yahishuye uko yemeye gusinya ‘amasezerano yo gupfa’ yitangira Sénégal
Rutahizamu Sadio Mané yahishuye ko mbere y’uko ikipe y’igihugu cye cya Sénégal itwara igikombe cya Afurika cy’ibihugu muri uyu mwaka, yemeye gusinya amasezerano yo gupfa kugira ngo ayikinire. Sénégal yageze muri ¼ cy’irangiza Mané afite ikibazo mu mutwe, nyuma yo kugirira ikibazo mu mukino iyi kipe yaherukaga guhuriramo na Cap-Vert. Sadio Mané we yifuzaga gukinira […]
Igisubizo cya Perezida Kagame kuri Tshisekedi wavuze ko u Rwanda na RDC bishobora kwisanga mu ntambara
Perezida Paul Kagame yasubije mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi aherutse gutangaza ko bishoboka igihugu cye cya RDC gishobora kwisanga mu ntambara n’u Rwanda, avuga ko abona bitapfa gushoboka ko ibihugu byombi birwana. Hari mu kiganiro cyihariye Umukuru w’Igihugu aheruka kugirana n’umunyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike Perezida […]
Umukinnyi ukinira ikipe y’Igihugu y’u Burundi yabaye uwa 9 Rayon Sports isinyishije
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha Umurundi Mbirizi Eric usanzwe ukinira ikipe y’Igihugu cye, Intamba mu Rugamba. Mbirizi wakiniraga ikipe ya Le Messager de Ngozi; asanzwe akina mu kibuga hagati nk’umukaseri (numéro gatandatu). Rayon Sports yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri. Amakuru avuga ko iyi kipe yamutanzeho miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba umwe mu bakinnyi bane […]
Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola yapfuye
José Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola, yapfuye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi mike arembye. Uyu mukambwe w’imyaka 79 y’amavuko yaguye mu bitaro by’i Barcelone muri Espagne. Urupfu rwe rwemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Facebook. Perezidansi ya Angola yavuze ko yaguye mu bitaro bya Teknon Clinic […]
U Rwanda rwamaganye RDC iri gukwiza ibihuha by’uko rwasinye amasezerano ahagarika imirwano ya M23
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yanyomoje Congo Kinshasa ikomeje gutangaza ko i Luanda muri Angola hasinyiwe amasezerano asaba M23 guhagarika imirwano na FARDC; avuga ko atari byo. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC bahuriye i Luanda muri Angola, mu nama yigaga ku kibazo […]
Shinzo Abe yapfuye nyuma yo kurasirwa mu ruhame
Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yapfuye, nyuma yo kurasirwa mu ruhame kuri uyu wa Gatanu. Abe yarasiwe mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo y’igihuhu (NHK) mu kanya kashize ni yo yatangaje ko yapfuye. NHK yatangaje ko urupfu rwa Shinzo rwemejwe n’umwe mu bayobozi b’ishyaka Liberal Democratic Party wavuze […]
Sepp Blatter wahoze ayobora FIFA na Michel Platini wayoboraga UEFA bagizwe abere
Urukiko rwo mu gihugu cy’u Busuwisi kuri uyu wa Gatanu rwagize abere Umusuwisi Sepp Blatter n’Umufaransa Michel Platini, nyuma y’igihe bakurikiranweho ibyaha bya ruswa. Blatter yahoze ari Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), mu gihe Platini yahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UEFA). Ubushinjacyaha bw’u Busuwisi bwari bubakurikiranyeho ibyaha by’uburiganya mu […]
Shinzo Abe ararembye nyuma yo kuraswa mu gituza
Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, ararembye nyuma yo kurasirwa mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo ya NHK yatangaje ko akimara kuraswa yahise agira ikibazo cyo guhagarara umutima; gusa kuri ubu bikaba bigoranye cyane kumenya uko amerewe. Umujyi wa Nara Shinzo Abe yarasiwemo uherereye mu Burengerazuba bw’u Buyapani. Uyu […]
Blaise Compaoré yasubiye i Ouagadougou nyuma y’imyaka 8 ari mu buhungiro
Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise Compaoré, yamaze gusubira mu gihugu cye nyuma y’imyaka umunani ari mu buhungiro. Muri 2014 ni bwo Compaoré yari yarahungiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, nyuma yo kweguzwa n’imyigaragambyo y’abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ni bwo indege imutwaye yamugejeje ku kibuga cy’indege cya gisirikare i Ouagadougou; […]
Rayon Sports imaze gusinyisha abakinnyi 7 yamaze kumvikana n’umukinnyi wakiniye Caméroun
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’umunya-Caméroun Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo wigeze gukinira ikipe y’Igihugu cye. Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo, yari asanzwe akina hagati mu kibuga mu kipe ya Colombe Sportive du Dja et Lobo y’iwabo. Bivugwa ko Rayon Sports izamutangaho Frw miliyoni 10, agasinya amasezerano y’umwaka umwe. Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo w’imyaka 25 y’amavuko, […]
M23 ivuga ko ititeguye gukurikiza ibyo yasabwe n’inama ya Tshisekedi na Perezida Kagame
Umutwe wa M23 watangaje ko utiteguye gukurikiza ibyemejwe n’inama yateraniye i Luanda muri Angola yawusabye kuva mu duce twose yafashe, ngo kuko nta handi ufite ho kujya. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 06 Nyakanga ni bwo ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC bahuriye i Luanda mu murwa mukuru wa […]
Kagame na Tshisekedi bemeranyije kurandura burundu FDLR n’imitwe iyishamikiyeho
Ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bemeranyije ko bagomba gutsinda burundu umutwe wa FDLR n’indi mitwe iwushamikiyeho; nyuma y’igihe iteza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na RDC. Abakuru b’ibihugu byombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 06 Nyakanga bari bahuriye i Luanda muri Angola, mu nama yigaga ku […]
Perezida Kagame yageze i Luanda aho ahurira na Tshisekedi
Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Luanda mu gihugu cya Angola, aho agomba guhurira na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi cyo kimwe na Perezida João Lourenço. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byemeje ko yamaze kugera i Luanda. Perezida João Lourenço kuri ubu uyoboye ICGLR ni we watumijeho Perezida Kagame na Tshisekedi. Biteganyijwe ko baganira ku kibazo cy’umutekano […]
Amahoro n’umutekano birashoboka muri RDC_Amb. Karega
Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Kinshasa, Vincent Karega, asanga amahoro n’umutekano bishoboka muri iki gihugu nyuma y’imyaka myinshi cyarayogojwe n’intambara. Ni mu butumwa uyu mudipolomate yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Amahoro n’umutekano muri RDC ndetse no mu karere birashoboka kandi byagirira inyungu cyane bose.” Ambasaderi Karega yavuze ibi mu gihe Uburasirazuba bwa Repubulika […]
M23 yemeje ko yambuye FARDC na FDLR uduce dushya 15
Umutwe wa M23 watangaje ko wamaze kwigarurira uduce dushya 15 two muri Terirwari ya Rutshuru, nyuma y’imirwano ikomeye yari imaze igihe isakiranya abarwanyi bawo na FARDC na FDLR. M23 yemeje ko yigaruriye turiya duce binyuze mu itangazo ryashyizweho n’Umuvugizi wayo, Major Willy Ngoma. Uduce uyu mutwe wemeje ko kuri ubu uri kugenzura turimo aka Bikenke, […]
Ghana yungutse rutahizamu ukomeye mbere yo kwitabira Igikombe cy’Isi
Rutahizamu Iñaki Williams ukinira Athletic Bilbao yo muri Espagne, yatangaje ko yemeye gukinira ikipe y’igihugu ya Ghana (Black Stars) mbere y’uko yitabira imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar. Iñaki Williams ni umwe muri ba rutahizamu bamaze igihe bitwara neza muri shampiyona ya Espagne. Uyu musore w’imyaka 28 y’amavuko uzwiho kutarangwa n’imvune, yavukiye i […]
Umutoza Mohammed Adil Erradi yongereye amasezerano muri APR FC
Ikipe ya APR FC yamaze kongerera amasezerano umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi usanzwe ari umutoza wayo mukuru. Amakuru avuga ko uyu mutoza yamaze kongererwa amasezerano y’imyaka ibiri. Mohammed Adil Erradi ni umutoza wa APR FC kuva muri 2019, akaba amaze guhesha iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ibikombe bitatu bya shampiyona. Uyu mutoza wari ku musozo w’amasezerano ye […]
FERWAFA yasubije mu mirimo Muhire Henry
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ryasubije mu mirimo Muhire Henry usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru waryo nyuma y’igihe yarahagaritswe. Tariki ya 20 Kamena ni bwo FERWAFA yari yatangaje ko yahagaritse Muhire ku nshingano ze, kubera ibyo yagombaga kubazwa bijyanye n’inshingano ze. FERWAFA yari yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, gusa […]
Rutahizamu wa APR FC na madamu we ukuriwe bagaragaye barya ubuzima (Amafoto)

Rutahizamu Lague Byiringiro ukinira APR FC n’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yagaragaye yagiye kurya ubuzima na Madamu we Uwase Kelia bitegurana kwibaruka imfura. Lague cyo kimwe na bagenzi be bakinana muri APR FC bari mu biruhuko, nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wabasigiye igikombe cya shampiyona. Amafoto na videwo uyu mugabo w’imyaka 22 y’amavuko yashyize ku rukuta rwe […]
Perezida Kagame na Tshisekedi barahurira i Luanda
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byitezwe ko bahurira i Luanda muri Angola. Hagati yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 05 Nyakanga n’ejo ku wa Gatatu tariki ya 06 Nyakanga, ni bwo byitezwe ko abakuru b’igihugu byombi bahura, ku buhuza bwa Perezida […]
Niyigena Clément wa Rayon Sports mu mwambaro wa APR FC
Myugariro Niyigena Clément wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, yagaragaye mu mwambaro wa APR FC, bishimangira ko yamaze gusinyira iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu. Ifoto yamaze gukina hanze yerekana uyu musore ari mu biro bya APR FC, yambaye umwambaro wayo anasoma ikirango cyayo. Iyi foto yagiye hanze nyuma y’amakuru yari amaze avuga ko uyu musore yamaze gusinyira […]
Cardinal Ambongo abona ikibazo rukumbi cyugarije igihugu cye cya RDC ari abayobozi bacyo
Arikiyepiskopi wa Kinshasa, Cardinal Fridolin Ambongo, yatangaje ko ikibazo rukumbi abona cyugarije igihugu cye cya Congo Kinshasa ari abayobozi bacyo badatega amatwi abaturage ngo bumve ibibazo byabo. Uyu mushumba yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana na Televiziyo yitwa KTO ya Kiliziya Gatolika. Yagize ati: “Nizera ko ikibazo cyacu muri Congo ari ikibazo cy’abantu, ikibazo cyo […]
Nta muntu n’umwe turi kwinginga ngo dushyirwe mu ngabo zizajya muri RDC_Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko nta muntu n’umwe u Rwanda ruri kwinginga kugira ngo ingabo zarwo zemererwe kujyana n’iza EAC kugarura amahoro muri RDC, agaragaza ko kuba zitajyayo ari byo bifite inyungu ku Rwanda. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere Tariki ya 04 Nyakanga, mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA). Ni […]
Gabriel Jesus muri Visit Rwanda nyuma yo kwemezwa nk’umukinnyi wa Arsenal (Amafoto)

Ikipe ya Arsenal yatangaje ko yamaze gusinyisha umunya-Brésil Gabriel Jesus wakiniraga Manchester City. Arsenal yahaye ikaze uyu rutahizamu ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Amafoto iyi kipe y’i Londres yashyize kuri Twitter yayo yerekana Gabriel Jesus ari muri Stade ya Emirates, yambaye umwambaro wa numéro 9 mu mugongo, wanditseho amagambo ‘Visit Rwanda’ ku kaboko. Ni numéro […]
Ingabo za Uganda zigaruriye ibirindiro bikomeye bya ADF
Ingabo za Uganda zafashe ibirindiro bikomeye by’umutwe w’iterabwoba wa ADF, mu gace ka Kasindi ho muri Terirwari ya Beni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umwe mu basirikare bakuru muri UPDF yatangaje ko ibi birindiro bizwi nka Lisulubi byafashwe ejo ku cyumweru. UPDF yafashe ibi birindiro bya ADF, nyuma y’uko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize isubukuye […]
Young Africans yisubije rutahizamu bari baratandukanye nabi ajya muri Simba SC
Ikipe ya Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yemeje ko yamaze kwisubiza umunya-Ghana Benard Morrison wakiniraga mukeba wayo Simba Sports Club. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yemeje aya makuru binyuze muri videwo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo. Ni videwo yari iherekejwe n’amagambo avuga ko Benard Morrison “yagarutse”. Uyu munya-Ghana yasinyiye Young Africans […]
Cristiano Ronaldo yasabye Manchester United ko batandukana
Rutahizamu Cristiano Ronaldo yamaze gusaba ikipe ya Manchester United ko batandukana akerekeza ahandi, mu gihe haba habonetse ikipe yifuza kumutangaho amafaranga ahagije. Ni nyuma y’umwaka umwe wonyine ayigarutsemo, dore ko yayigezemo mu mpeshyi ya 2021 avuye muri Juventus yo mu Butaliyani. Mu mwaka umwe yari amaze muri iyi kipe, yashoboye kuyitsindira ibitego 24 mu marushanwa […]
M23 yerekanye umurundo w’intwaro yambuye FARDC (Amafoto)

Umutwe wa M23 werekanye intwaro z’amoko atandukanye uheruka kwambura Ingabo za Congo Kinshasa bamaze igihe bahanganye mu mirwano. Igikorwa cyo kwerekana izi ntwaro cyayobowe n’Umuvugizi w’uyu mutwe, Major Willy Ngoma. Mu mashusho uyu mutwe wanyujije ku rubuga rwawo rwa Twitter, hagaragaramo intwaro nyinshi z’amoko atandukanye zatawe n’Ingabo za FARDC ubwo zari zisumbirijwe zigakizwa n’amaguru. Intwaro […]
KDF yivuganye ibyihebe bitari bike bya Al Shabaab nyuma yo kubigwa gitumo
Igisirikare cya Kenya (KDF), cyatangaje ko cyivuganye ibyihebe 10 by’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab, nyuma yo kubigabaho igitero gitunguranye. Operasiyo yo guhiga ibi byihebe Ingabo za Kenya zayikoreye mu ishyamba ryitwa Boni, mu duce twa Sarira na Kolbio. KDF mu itangazo yasohoye yavuze ko biriya byihebe byari byapanze kugaba ibitero mu muhora wa Lamu Port-South […]
Perezida Evariste Ndayishimiye yikomye u Bubiligi
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yikomye igihugu cy’u Bubiligi agishinja kuba nyirabayazana w’ibibazo birimo amacakubiri yatumye u Burundi buyogozwa n’intambara mu bihe bitandukanye. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Gicurasi, ubwo yari ayoboye ibirori byo kwizihiza imyaka 60 u Burundi bumaze buhawe ubwigenge n’abakoloni b’Ababiligi. Yavuze ko ingaruka z’ubukoloni ari zo […]
Loni yongereye ibihano yafatiye RDC
Akanama gashinzwe umutekano mu muryango w’Abibumbye, kongerereye ibihano kafatiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe cy’umwaka umwe. Ibihano bya RDC byongerewe mu nama ya kariya kanama yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30 Kamena i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibihugu 10 birimo u Buhinde, Mexique, Brésil na Leta Zunze Ubumwe […]
Tottenham yasinyishije rutahizamu ukomeye w’umunya-Brésil
Ikipe ya Tottenham Hotspur yo mu gihugu cy’u Bwongereza yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-Brésil Richarlson wakiniraga ikipe ya Everton. Uyu rutahizamu uca ku mpande yasinyiye Everton amasezerano y’imyaka itanu, nyuma yo kumutangaho miliyoni 60 z’ama-Pounds. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru Tottenham yari yatanze miliyoni 40 z’ama-Pounds, gusa Bill Kenwright uyobora Everton ayatera utwatsi. Byarangiye amakipe […]
RDC iri kotsa igitutu MONUSCO ngo ivuge ko ihanganye n’u Rwanda aho kuba M23
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yokeje igitutu MONUSCO, iyisaba kuvuga ko Ingabo zayo zihanganye mu ntambara n’iz’u Rwanda aho kuba inyeshyamba za M23. MONUCO ni ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Gatatu Bintou Keita, ukuriye buriya butumwa, yabwiye Akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ko […]
Kenya: Uwiyamamariza kuba Perezida yahigiye kujya amanika abayobozi bazajya barya ruswa
Umunyapolitiki George Wajackoyah, yarahiriye kwica amanitse abayobozi muri Kenya bazajya bagaragaraho ruswa mu gihe yaba atorewe kuyobora iki gihugu. Uyu munyapolitiki wo mu Ishyaka Roots party yabigarutseho mu kiganiro naCapital FM News. Yavuze ko abayobozi bose barya ruswa bakwiye guhanishwa kumanikwa, bijyanye no kuba igira ingaruka mbi ku mibereho ya rubanda, bityo iki gihano kikaba […]
Myugariro wakiniraga AS Kigali yerekeje muri APR FC nyuma yo kuyizonga
Ikipe ya APR FC yamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Christian wakiniraga ikipe ya AS Kigali. Uyu musore ukiri muto ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso, we ubwe yemereye B&B FM-Umwezi ko yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri iriya kipe y’Ingabo z’igihugu. Ishimwe Christian yerekeje muri APR FC, nyuma y’amasaha make yitwaye neza mu mukino AS Kigali yaraye iyitsinzemo […]
Vital Kamerhe yakiriwe na Tshisekedi nyuma yo kuva mu buroko (Amafoto)

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye Vital Kamerhe nyuma yo kuva mu buroko baraganira. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo Kamerhe wahoze ari Umuyobozi w’Ibiro bya Tshisekedi yarekuwe, nyuma y’imyaka ibiri afungiye muri Gereza ya Makala i Kinshasa. Yafunguwe nyuma yo kugirwa umwere ku cyaha cyo kunyereza amafaranga ya […]
Ingabo za Angola zagose zinafunga umupaka wayo na RDC
Ingabo za Angola kuri uyu wa Kabiri zagose zinafunga umupaka uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uherereye mu gace ka Kamako. Kamako ni agace gaherereye mu ntara ya Kasaï yo hagati ihana imbibi na Angola. Impuruza yo kuba bariya basirikare ba Angola bagose uriya mupaka yatanzwe na Guy Mafuta, umudepite ku rwego […]
AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC
Ikipe ya AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro ku nshuro yayo ya kane mu mateka, nyuma yo gutsinda APR FC igitego 1-0. Amakipe yombi yari yahuriye ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Igitego cyo ku munota wa 30 w’umukino cya Kalisa Rashid ni cyo cyafashije AS Kigali kwegukana igikombe cy’Amahoro cya […]
Hamenyekanye intandaro y’impuruza iheruka guhabwa abasirikare ba Uganda ibasaba kuryamira amajanja
Amakuru aturuka mu Gisirikare cya Uganda avuga ko abasirikare bose b’iki gihugu baheruka guhuruzwa basabwa kuryamira amajanja, kubera amakuru atariyo ashingiye ku butasi inzego zishinzwe umutekano z’iki gihugu zari zahawe. Byabaye mu cyumweru gishize ubwo Perezida Yoweri Kaguta Museveni yari i Kigali hano mu Rwanda, aho yari yitabiriye inama ya CHOGM yahuzaga abakuru b’ibihugu na […]
Kevin Muhire yanenze Blaise na Kwizera Olivier batereranye Rayon Sports
Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin, yanenze bagenzi be batereranye iyi kipe ntibaze gukina imikino isoza umwaka w’imikino, avuga ko bidakwiye. Yabigarutseho nyuma y’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu w’Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports yanyagiyemo Police FC ibitego 4-0. Ibitego bya Kevin Muhire, Ishimwe Kevin na Musa Esenu watsinze bibiri ni byo byahesheje Rayon Sports […]
APR FC yashimiwe na FIFA
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), yashimiye APR FC ku bwo kwegukana igikombe cya 20 cya shampiyona. APR FC yashimiwe biciye mu ibaruwa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yandikiye Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru hano mu Rwanda (FERWAFA). Ati: “N’ibyishimo byinshi ndagira ngo nshimire APR FC ku kuba yaratwaye Igikombe cya shampiyona cya […]
Rayon Sports yasinyishije umukinnyi ngenderwaho wa Kiyovu Sports
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, yasinyishije Ngendahimana Eric wakiniraga Rayon Sports. Ngendahimana ukina mu mutima w’ubwugarizi no mu kibuga hagati, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports. Amakuru avuga ko Eric yahawe na Rayon Sports Frw miliyoni 15. Ngendahimana Eric yakiniye amakipe atandukanye arimo Police FC na Kiyovu Sports. Yasinyiye Kiyovu Sports […]
Gen Mbala ku mavi asabira Ingabo ze zisumbirijwe na M23 (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Célestin Mbala Munsense, yitabiriye amasengesho yo gusabira no gushyigikira ingabo ze zimaze igihe zisumbirijwe na M23. Ni amasengesho yabaye ku wa Gatandatu Tariki ya 25 Kamena, abera muri Stade Des Martyrs y’i Kinshasa ari na yo nkuru mu gihugu. Aya masengesho yari yateguwe n’amatorero atandukanye […]
Umweyo uravuza ubuhuha muri Musanze FC
Ikipe ya Musanze FC yamaze gutangaza ko yasezereye abakinnyi batanu, nyuma yo gusoza amasezerano yabo. Iyi kipe ibinyujije kuri Twitter yayo kuri uyu wa Gatandatu, yemeje ko yamaze gutandukana na Niyitegeka Idrissa wari usanzwe ari Kapiteni wayo cyo kimwe na myugariro Niyonkuru Vivien. Aba bombi biyongera ku bandi bakinnyi batatu iyi kipe yemeje ko yasezereye […]
Abasirikare barinda Tshisekedi bavuga ko kwicirwa mu mirwano n’u Rwanda ari ‘icyubahiro’ kuri bo
Abasirikare bo mu mutwe wa Garde Republicaine ushinzwe kurinda Perezida Félix Tshisekedi n’umuryango we, bavuga ko kwicirwa mu mirwano n’Ingabo z’u Rwanda ari icyubahiro kuri bo. Babivugiye mu rugendo bakoreye i Kinshasa bamagana umutwe wa M23 umaze hafi ibyumweru bibiri warigaruriye umujyi wa Bunagana. Aba basirikare bari barangajwe imbere na Gen Christian Tshiwewe ubayobora, mu […]
U Burusiya bwaba bwamaze kuvana abenshi mu bajenerali babwo muri Ukraine
Igisirikare cy’u Burusiya biravugwa ko cyamaze kuvana abenshi mu bajenerali bacyo muri Ukraine, nyuma y’amezi atanu bari muri iki gihugu. Ni ibyatangajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Bwongereza imaze igihe ikurikiranira hafi intambara y’ibihugu byombi. Iyi Minisiteri kuri Twitter yavuze ko “Kuva mu ntangiriro za Kamena, ubuyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Burusiya burasa cyane n’ubwavanye abenshi mu […]
U Rwanda kuri ubu ruyoboye Commonwealth na La Francophonie icyarimwe
Itariki ya 24 Kamena 2022 yinjiye mu mateka, iba umunsi u Rwanda rwabereye igihugu kiyoboye umuryango wa Commonwealth n’uwa Organisation Internationale de la Francophonie (OIF) icya rimwe. Ni imiryango yombi kuri ubu iri mu ikomeye ku Isi. U Rwanda rwesheje uyu muhigo ku munsi w’ejo ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagirwaga Umuyobozi Mukuru wa […]
Arsenal yegukanye rutahizamu ukomeye wa Manchester City
Ikipe ya Arsenal yamaze kumvikana na Manchester City ko igomba kuyigurisha umunya-Brésil Gabriel Jesus. Sky Sports yatangaje ko Arsenal igomba kugura uyu rutahizamu miliyoni 45 z’ama-Pounds, gusa hakaba hakiri utuntu duke tugomba kunozwa harimo n’ikizamini cy’ubuzima. Nyuma ya Gabriel Jesus Arsenal bivugwa ko igomba guhita ireba uko yarangizanya na Leeds United kuri deal ya Rafinha. […]
Abasirikare barinda Tshisekedi bamusabye kubaha intwaro ubundi bakinjira mu Rwanda
Abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bamusabye kubaha intwaro ubundi bakaza mu Rwanda kurangiza intambara. Aba basirikare bahaye Perezida Tshisekedi uyu mukoro ubwo bari mu mihanda ya Kinshasa, mu ngendo abanye-Congo muri iyi minsi bari gukora mu rwego rwo kwerekana ko bashyigikiye ingabo zabo ziri ku rugamba zihanganye […]
Perezida Kagame yakiriye Museveni wakoze agashya (Amafoto)

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu, yakiriye mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uri mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama ya CHOGM 2022. Perezida Kagame yakiriye Museveni muri Kigali Conversation Center, ubwo yatangizaga inama y’Umuryango wa Commonwealth. Ni inama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 54 zigize uriya muryango. Perezida Kagame […]
I Nairobi mu mpaka Uganda yashyigikiye u Rwanda, u Burundi bujya inyuma RDC
Ku wa Mbere tariki ya 20 Kamena abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bahuriye i Nairobi muri Kenya mu nama yigaga ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Ni inama yitabiriwe na Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya ari na we wayiyoboye, Paul Kagame w’u Rwanda, Yoweri K. Museveni wa Uganda, […]
Ibyihebe muri Mozambique byongeye gukaza ibitero, bimaze kwica abasirikare n’abasivile benshi
Amakuru aturuka mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique aravuga ko ibyihebe byongeye kukameza, ku buryo abatari bake bamaze kugwa mu bitero byabyo. Umutwe wa Islamic State watangaje ko byibura kuva ku itariki ya 5 Kamena kugeza ku wa 21 Kamena, ibyihebe byawo byari bimaze kugaba ibitero 19 byaguyemo abantu 33; barimo abasirikare 10 n’abasivile […]
Perezida wa FIFA azatorerwa mu Rwanda
Akanama k’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), kahaye u Rwanda kwakira Inteko Rusange ya 73 y’iyi mpuzamashyirahamwe izasiga hatowe Perezida wayo. Kuri uyu wa Kane ni bwo abagize aka kanama (Perezida wa FIFA na ba Perezida b’impuzamashyirahamwe z’umupira w’amaguru ku migabane itandatu y’Isi) bateranye bayobowe na Perezida Gianni Infantino wa FIFA. Banzuye ko Inteko Rusange […]
Bakame yigaramye Ndoli umushinja kumuroga bagikinana muri APR FC
Umunyezamu wa Police FC n’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, yigaramye Ndoli Jean Claude umushinja kumuroga avuga ibyo amushinja ari we usanzwe ubikora. Ndoli na Bakame bakinye imyaka ine muri APR FC, nyuma y’uko uyu wa kabiri ageze muri iyi kipe y’Ingabo z’igihugu avuye muri ATRACO FC. Icyo gihe aba banyezamu bombi bari banasanzwe bagenderwaho […]
Museveni yakiranwe ubwuzu mu Rwanda, binyura umuhungu we (Amafoto)

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakiranwe ubwuzu n’urugwiro rudasanzwe ubwo yageraga mu Rwanda kuri uyu wa Kane, binyura umuhungu we Lt Gen Muhoozi Kainerugaba. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane Tariki ya 23 Kamena ni bwo Perezida Museveni yageze mu mujyi wa Kigali, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu na za Gouverinoma z’umuryango wa […]
Perezida Museveni ari mu Rwanda nyuma y’imyaka itanu atahagera

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yamaze kugera i Kigali hano mu Rwanda aho yitabiriye inama ya CHOGM ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza. Mu minota mike ishize ni bwo Museveni yageze hano i Kigali. Mu masaha yashize ni bwo Perezida Museveni yahagurutse i Kampala na kajugujugu y’Igisirikare cya Uganda […]
RIB yafunze Nzeyimana uheruka kwirukanwa muri FERWAFA n’umwe mu basifuzi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi Nzeyimana Félix wahoze ashinzwe amarushanwa muri FERWAFA cyo kimwe n’umusifuzi witwa Tuyisenge Javan. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye umunyamakuru wa BWIZA ko aba bagabo batawe muri yombi nyuma y’ikirego cyatanzwe na FERWAFA gikomoka kuri ruswa bakekwaho ifite aho ihuriye n’amarushanwa y’umupira w’amaguru, RIB ikaba yatangiye […]
Ibihugu 2 bishya bya Afurika bigiye kwinjirira muri Commonwealth i Kigali
Ibihugu bya Gabon na Togo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Kamena, byitezwe ko bizaba abanyamuryango bashya b’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth). Gabon na Togo bazinjirira muri uyu muryango mu nama y’abakuru b’ibihugu byawo na za Guverinoma ikomeje kubera i Kigali. Commonwealth isanzwe igizwe n’ibihugu 54, birimo 19 bya hano ku mugabane wa […]
Twese tuzagukumbura cyane_Mo Salah asezera kuri Sadio Mané
Umunya-Misiri Mohamed Salah yasezeye kuri Sadio Mané bari bamaze igihe bafatanya kuyobora ubusatirizi bwa Liverpool, amumenyesha ko azakumburwa cyane. Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu Sadio Mané yerekeje muri Bayern Munich yasinyiye amasezerano y’imyaka itatu. Iyi kipe yo mu Budage igomba kumutangaho miliyoni 41 z’ama-Euro. Mané yari umukinnyi wa Liverpool kuva muri 2016 nyuma […]