Havumbuwe umuti urwanya sida ku kigero cya 99%

Abahanga mu by’ubuganga bavumbuye umuti ushobora kugwanya ibice 99% bya virusi itera Sida. Ibyo bishobora gutuma ibinyabuzima byo mu bwoko bwa bufite ibiganza “primates” birimo n’umuntu bishobora gukingirwa kwandura iyi virusi. Iki gikorwa cyakozwe n’ikigo cya Amerika cyita ku buzima ‘US National Institutes of Health’ hamwe n’uruganda rw’imiti Sanofi nkuko bigaragara kuri BBC. Ikigo gifasha […]

Impunzi z'Abanye Congo ziri 'kwibasirwa' na guverinoma

Impunzi zihungira muri Zambiya ziva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zabwiye Loni ko ziri kwibasirwa na guverinoma ya Congo. Abanye-Congo bagera kuri 500 bari kugera muri Zambia buri munsi, bahunga imvururu mu bice bitandukanye by’igihugu. Isubika ry’amatora y’umukuru w’igihugu ryateye ubushyamirane bukomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Impunzi zabwiye Umuryango w’Abibumbye ko abasirikare […]

Inzego n'abantu batandukanye mu Rwanda bagiye guhembwa n'umuryango Isange Corporation

Umuryango ukora ibikorwa byo kwamamaza ubutumwa bwiza mu itangazamakuru rya Gikristo mu Rwanda, ugiye guhemba ababaye indashyikirwa muri uru rwego, barimi abanyamadini n’imiryango ya Gikristo n’abandi. Ni mu gikorwa ngarukamwaka gitegurwa n’uyu muryango wa gikristo Cyitwa ‘ SIFA Rewards’, ukora ubaha igihembo cy’icyubahiro wita ‘Rewards’ Umuyobozi wa Isange Corporation, Ntigurirwa Pierre Claver avuga ko iki […]

Kenya: Amatora azakorwa niyo abatavuga rumwe na Leta batayitabira

Perezida w’urukiko rw’ikirenga wa Kenya Githu Muigai yavuze ko amatora ya perezida ateganyijwe muri iki gihugu nta kizayahagarika no mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi batayitabira. Aya matora ateganyijwe tariki 26 Ukwakira azatangazwa tariki ya 1 Ugushyingo, mu gihe n’abo batavuga rumwe na leta batayitabira. Muigai yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Nairobi, mu gihe bivugwa […]

Dr Jose Chameleone yatangaje icyamuteye kureka kunywa ibisindisha

Dr Jose Chameleone, yatangaje ko amaze igihe yararetse ibisindisha, kubera gushaka guha urugero rwiza urubyaro rwe ndetse n’abamukurikirana umunsi ku munsi. Mu gihe gishize nibwo inshuti za Chmaeleone zamutangiye ubuhamya, aho ku mbuga nkoranyambaga za bamwe mu bakunze gusangira n’uyu mugabo, bakomeje kwemeza ko yakomeye ku cyemezo yafashe cyo kutanywa ibisindisha. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu muhanzi […]

U Bushinwa bwagabanyije ubucuruzi na Koreya ya Ruguru kubera Amerika

U Bushinwa bwavuze ko bwagabanyije ingano y’umusaruro wa peteroli muri Koreya ya Ruguru kandi buzahagarika kugura ibiva ku myambaro. Ibyo bwabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Nzeri 2017. U Bushinwa ni umuhuzabikorwa w’ingenzi mu bucuruzi na Koreya ya Ruguru, ni nabwo bwonyine ivanamo amafaranga ku buryo bufatika. Ihagarika ry’ibicuruzwa biva ku ndodo rizahungabanya […]

Amerika: Perezida Kagame yasobanuye uburyo Afurika na AU bidakwiriye kurambiriza ku nkunga z'amahanga

Perezida wa Republika Paul Kagame avuga ko amavugurura y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) yari akwiye hagamijwe imikorere myiza y’uyu muryango, yongeraho udakwiye kurambiriza no gushingira ku nkunga ihabwa n’amahanga nyamara zidafite uburambe kuko zishobora kuvaho igihe icyari cyo cyose. Ibi umukuru yabivugiye mu kiganiro yatangiye mu kigo Brookings Institution giherereye i Washington D.C muri Leta […]

Dore amagambo uzirinda kubwira uwo mumaze gukorana imibonano mpuzabitsina

Mu gihe abantu bagiye gukora imibonano mpuzabitsina usanga baba bagomba kubwirana utugambo twiza ndetse akenshi bakanabiganiraho mbere y’uko binjira mu gikorwa kugira ngo hataza kugira ikibabera inzitizi mu kwiyumvanamo no kugirango icyo gikorwa kize kugenda neza, ibi bwiza.com irabwira abashakanye. Nyamara usanga bitewe n’intego abaryamana baba bafite, hari abamara gukora urukundo bakumva ko barangije icyo […]

Irani yagerageje misile mu rwego rwo guhangana na Perezida Trump

Irani iravuga ko yagerageje igisasu cyo mu bwoko bwa misile, mu rwego rwo guhangara perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump. Igeragezwa ry’igisasu cyiswe Khoramshahr, kigenda ku bilometero 2.000 cyerekanwe kuri televiziyo ya leta. Ntibizwi neza igihe igerageza ryabereye. Ku wa Kabiri mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye, Trump yanenze gahunda ya Irani y’ibitwaro […]

Batanu bafungiye gukodeshanya icyuma cy’imodoka kigura 10 000 bajijisha mu gukoresha controle

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu batanu barimo abashoferi n’abakanishi bafashwe bakekwaho gukoresha uburiganya ngo babone ibyangombwa by’ubuziranenge bw’ibinyabiziga. Bose berekanywe Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda Kuwa gatanu tariki ya 22 Nzeri 2017. Abisobanura Umuvugizi w’iri shami CIP Emmanuel Kabanda yagize ati” Abashoferi baje gusuzumisha ubuziranenge bw’ibinyabiziga byabo, ababishinzwe […]

Super Cup: Umunsi wari utegerejwe n’abakunzi ba ruhago wageze ‘Rayon Sports Vs APR Fc”

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zigiye gucakirana zihatanira igikombe cya mbere kiruta ibindi mu Rwanda ‘Super Cup’. Iki gikombe gihuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’iyatwaye igikombe cy’amahoro izi kipe zigiye guhura nyuma y’uko Rayon sports itwaye igikombe cya shampiyona naho mukeba wayo APR FC yatwaye igikombe cy’amahoro. Uyu mukino ukunzwe kurangwa n’ishyaka […]

Karongi: Abajyanama b’ubuzima biyubakiye igorofa ya miliyoni 350

Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Karongi bujuje umuturirwa wa miliyoni 350 z’amafaranga y’u Rwanda yubatswe hifashishijwe imisanzu yabo n’inkunga bahawe na Minisiteri y’Ubuzima. Iri nyubako yiswe ‘Agaciro Legacy, ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi yatashwe ku wa Gatanu tariki ya 22 Nzeri 2017 na Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba. Biteganyijwe ko izajya yijiza miliyoni zisaga 95 ku […]

Diego Costa agiye gusubira muri Atletico Madrid

Rutahizamu Diego Costa, agiye gusubira mu ikipe yahozemo, nyuma y’amasezerano ikipe ya Chelsea ibarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza, yagiranye na Atletico Madrid yo muri Espagne. Aya masezerano amakipe yombi yagiranye avuga ko uyu mukinnyi azerekeza muri Atletico Madrid muri Mutarama 2018, akazatangwaho miliyoni 60 z’amayero. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Diego Costa w’imyaka 28 yaje muri Chelsea mu mwaka […]

Intambara y’amagambo hagati ya Perezida Trump n’uwa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un hamwe n’uwa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump bakomeje guterana amagambo, umwe yita undi umusazi n’undi akamusubiza. Kim Jong-un avuga ko nyuma y’amagambo Perezida Trump yavugiye mu nama ya Loni, we afata nk’ayavuzwe n’umuntu [Trump] wataye umutwe, yatumye akomeza umugambi we wo gukomeza gukorera Koreya ya Ruguru […]

Sheebah Karungi yahamije ko yabaye umumansuzi mu tubari two mu Rwanda

Umuhanzikazi Sheebah Karungi wo muri Uganda, yemereye itangazamakuru ko mbere y’uko aba umuhanzi yabanje gukora akazi ko kubyina mu bubari butandukanye bwo mu Rwanda. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye kuri Marriot Hotel, ubwo we na mugenzi we Run Town baganiraga n’itangazamakuru ku gitaramo bazahuriramo kuri uyu wa 23 Nzeri 2017. Ubwo umunyamakuru yabaza Sheebah […]

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 6 yahiriye mu nzu arapfa

Mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 6 y’amavuko witwaga Bimenyimana Bellange mwene Bimenyimana Peter na Musabiyingabire Marie Louise, wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza wahiriye mu nzu agakongoka. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Twagirayezu Zacharie, ngo […]

Dore ibintu by’ibanze ugomba kwitondera byatuma umukunzi wawe akuzinukwa burundu

Abagabo benshi bashaka kandi bagakunda ko abo bashakanye babatega amatwi ndetse rimwe na rimwe bitaba ngombwa ko babumva bikaba byateza amakimbirane hagati yabo bitewe n’impamvu. Icyo gihe rero, haba hagomba kurebwa ku mpamvu zombi kuko ushobora gusanga uko kutumvwa byaturutse ku makosa y’umugabo ndetse no ku mugore cyangwa se rimwe na rimwe na none bigaturuka […]

Da Queen ukubutse muri Zambiya azanye ingamba nshya mu muziki Nyarwanda

Umuhanzikazi Da Queen, wamenyekanye mu ndirimbo “Akandiko”, yakoranye na Riderman, aratangaza ko agarukanye imbaraga nyinshi muri muzika ahanini ashingiye ku bunararibonye avanye mu gihugu cya Zambiya, aho asigaye atuye we n’umuryango we. Da Queen amaze imyaka itatu muri Zambia, avuga ko byabaye ngombwa ko we n’umuryango we bakomereza ubuzima muri iki gihugu, kuri we ngo […]

RDC: Imvura idasanzwe ikomeje gutikiza imbaga muri Kivu y’Amajyaruguru

Guhera ku wa 20 Nzeri 2017, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakomeje kugwa imvura idasanzwe ari nako ihitana benshi abandi bakazimira. Urugero rwa hafi ni ahitwa Bihambwe,mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru , ku birometero 50 uvuye mu mujyi wa Goma , ku wa 20 Nzeri, imvura zateje imyuzure n’inkangu zikaze. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umuryango w’Abaganga […]

Minisitiri Kaboneka yababajwe n’inzoga z’utuyuki

kaboneka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka yababajwe n’ubwoko bw’inzoga yasanze ahitwa mu Gashingiriro I mu Murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze. Ubwo yageraga muri uwo murenge avuye gutangiza igihembwe cy’ihinga 2018A, mu murenge wa Nyange muri aka karere ka Musanze, yafashe iyo nzoga abaza iyo ari yo. Uyicuruza yamubwiye ko ari icyayi. Nyuma yo kuyitegereza […]

Urukiko rwategetse ko Bishop Sibomana Jean arekurwa

Urukiko Rukuru rutegetse ko Bishop Sibomana Jean wayoboraga Itorero ADEPR ahita afungurwa kubera impamvu zirimo n’uburwayi bukomeye yagaragaje mu gihe amaze aburana. Sibomana we na bagenzi be bari kumwe mu buyobozi bwa komite nyobozi ya ADEPR yasimbuwe ubwo bari bafunze, bashinjwaga kunyereza asaga miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe nk’imisanzu y’abagize iri torero. Ubushize yari […]

Zari uhisha agahinda yatewe na Diamond, avuga ko atahungabanyijwe n’uko yamuciye inyuma

Hashize iminsi mu binyamakuru bitandukanye humvikana inkuru z’uko urukundo rwa Diamond n’umugore Zari rwajemo agatotsi, Diamond yemera ko yaciye inyuma umugore we, kuri ubu na we yagize icyo abivugaho. Amakimbirane hagati ya Zari na Diamond, atangiye nyuma yaho yemereye ko yabyaranye n’umunyamideli Hamisa. Umwana nyina yanamwise amazina ya se “Diamond Platnumz” nk’uko bwiza.com ibikesha Clouds […]

Tugomba gaharanira kuzasigira abazadusimbura Isi n’ibiyiriho bigifite uburyohe, bitarakamutse- Padiri Hodari

Abapadiri basaga 50 Kiliziya Gatorika iherutse kunguka bashya bahuguwe ku kunoza icungangamutungo rya kinyamwuga, basabwa gucunga neza umutungo wa Kiliziya Gatorika ukazaragwa n’abazaza nyuma yabo. Yabisabye aba bapadiri bahawe iri sakaramentu tariki ya 22 Nyakanga 2017 bamaze iminsi itatu i Mbare mu Karere ka Muhanga muri Paruwasi ya Kabgayi mu cyumweru gishize, bahugurwa kuri iri […]

Rubavu: Abakoraga uburaya barishimira intambwe ishimishije bateye nyuma yo kubureka

Abakoraga uburaya muri imwe mu mirenge igize akarere ka Rubavu, bavuga ko babuvuyemo bibumbira muri koperative, ubu barishimira intambwe bamaze gutera mu kwiteza imbere. Umurenge wa Nyundo, Kanama na Rugerero, ni imwe mu mirenge y’akarere ka Rubavu yakunze kuvugwamo ikibazo cy’uburaya, cyane ko muri iyi mirenge uhasanga udusanteri tw’ubucuruzi dukomeye kandi duhurirwamo n’abantu benshi. Kuri […]

Gasabo: Abayobozi basabye ruswa bavuga ko bagabana n’ababakuriye

Abayobozi mu nzego z’ibanze mu murenge wa Ndera basabye ruswa umuturage washakaga kubaka, bamubwira ko bagomba kugabana n’ababakuriye mu nzego, maze bagubwa gitumo. Ruswa mu myubakire ikomeje kuba akarande mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali ndetse no mu tundi turere. Kuri sitasiyo ya Polisi i Ndera mu karere ka Gasabo, hafungiye abayobozi babiri […]

Capt. Kamurari Nicodeme wamanuye idarapo ry’u Bubiligi, u Burundi bubona ubwigenge yashyinguwe

Uwahoze mu gisirikare cy’u Burundi Capt. Kamurari Nicodeme , unazwiho kuba ari we wamanuye ibendera ry ’ u Bubiligi ubwo u Burundi bwari bumaze kubona ubwigenge, yashyiguwe. Capt. Kamurari Nicodeme, yashyinguwe mu cyubahiro, nk’umusirikare wubashye w’igihugu ku wa 21 Nzeri 2017. Ubwo yamanuraga ibendera ry’u Bubiligi, hari mu birori byaberaga i Burundi byitabiriwe n’umwami Mwambutsa […]

Prof. Lwakabamba yasezeye ku buyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo cyangwa yatakarijwe icyizere? (Yavuguruwe)

Prof. Silas Lwakabamba wabaye Minisitiri w’Uburezi ndetse n’uw’Ibikorwa Remezo biravugwa ko yasezeye ku buyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo(UNIK/INATEK) kubera impamvu ze bwite, ayandi makuru avuga ko yatakarijwe icyizere n’ubuyobozi bw’iyi kaminuza nyuma yo kuyisezeranya impinduka ariko ntabigereho bikubitiyeho n’akayabo yahembwaga, icyenewabo n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ariko byose yemeza ko ari ibinyoma. Amakuru y’isezera rye yasabagiye mu […]

Ese gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugabo ufite igitsina kinini byaba bigira impinduka ku cy’umugore?

Abantu benshi bakunze kwibaza ibibazo bitandukanye ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina hagati y’umugore, n’umugabo ufite igitsina kinini. Umushakashatsi akaba inzobere n’umwanditsi ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina Lauren Streicher ukorera muri kaminuza y’ubuganga ya Feinberg yamaze amatsiko abibaza ibibazo nk’ibi. Lauren Streicher ajya gusubiza iki kibazo hari umwe mu nshuti ze wari wabajije niba umugore aramutse aryamanye inshuro […]

Arabia Saudite :Abaturage bakomorewe gukoresha Whatsapp na Skype mu guhamagarana

Guverinoma ya Saudi Arabia yafashe umwanzuro wo gukomorera abaturage bayo mu bijyanye no gukoresha ikoranabuhanga rigezweho mu itumanaho, bahamagarana mu buryo bw’amashusho n’amajwi. Ubusanzwe abaturage ba Saudi Arabia bemerewe gukoresha imbuga nkoranyambaga nka Whatsapp , Viber , Facebook mu buryo ariko bwo kwandikirana ubutumwa busanzwe, nkuko byemejwe n’umuvugizi wa Leta ya Saudi Arabia ariko ubu […]

Nyamasheke: Hatoraguwe gerenade 2 mu murima w’umuturage

Mu mudugudu wa Kadobogo, akagari ka Jarama mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke, abaturage bahingaga batoraguye ibisasu 2 byo mu bwoko bwa gerenade. Ni abaturage bagera kuri 30 bahingaga umurima ugera kuri hegitari 3, nyirawo ashaka kuwuhingamo inanasi na Marakuja, baguye ku bisasu 2 bahita batabaza inzego z’umutekano zabiteguye mu masaha y’umugoroba yo […]

Uganda: Abadepite mu myigaragambyo, umwe mu banyeshuri we yapfuye arashwe

Ku wa Kane tariki ya 21 Nzeri 2017, umwe mu banyeshuri muri Uganda yishwe arashwe mu gihe bari mu myigaragambyo yamagana impinduka mu Itegekonshinga. Ni mu gihe Abadepite batavuga rumwe na Leta babyukiye mu myigaragambyo bambaye udutambaro mu gahanga mu rwego rwo kugaragaza ko badashyigikiye ikurwaho ry’ingingo ya 102 igena imyaka ntarengwa y’ugomba kwiyamamariza kuyobora […]

Abayobozi batandukanye basanisha imiyoborere n’intambwe u Rwanda rwateye

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Donatille Mukabalisa avuga ko nta gihugu cyagera ku iterambere rirambye kitimakaje umuco w’amahoro nituze mu bagituye, mu gihe Musenyeri John Rucyahana avuga ko ubuyobozi bwiza u Rwanda rufite bwatumye abarutuye babasha kongera kubana mu mahoro nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi byagarautsweho kuri uyu wa kane ubwo u Rwanda […]

Nkosazana Zuma yateye intambwe imuganisha ku kuba perezida

Nkosazana Dlamini-Zuma wayoboye Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yarahiriye ku mwanya w’ubudepite mu ishyaka iri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rya “African National Congress” (ANC). Ikinyamakuru Eye Witness News cyatangaje ko yarahiriye mu biro by’umuyobozi mukuru wungirije w’Inteko Ishinga amategeko Lechesa Tsenoli, ku buryo ibirori byakozwe mu ibanga rikomeye. Uko kugaruka mu Nteko Ishinga […]

Reba amafoto y'abantu 15 bafite inyogosho n'insokozo zitangaje ku isi

Abantu batandukanye bakomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga kubera amafoto atandukanye bari mu bihe byiza, ariko burya buri wese agira uburyo yishimishamo ndetse akumva bumunogeye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni muri urwo rwego hari amafoto y’abantu batandukanye hirya no hino ku isi bwiza.com yegeranyije ngo yereke abasomyi uburyo hari abantu binezeza biyogoshesha bagamije kugira ngo abandi babarangarire. Aya ni […]

Icyemezo cy’urukiko ni uguhirika ku butegetsi bikozwe n’urwego rw’ubutabera- Kenyatta

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yatangaje ko icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga cyo kuburizamo ibyavuye mu matora, aherutse ari uguhirika ubutegetsi bikozwe n’urwego rw’ubutabera. Ibi kandi byatangajwe na Visi Perezida we William Ruto. Babitangaje nyuma y’ibisobanuro urukiko rw’ikirenga rwatangaje ku wa gatatu w’iki cyumweru ku cyatumye ibyavuye muri aya matora biteshwa agaciro nkuko bigaragara ku nkuru ya […]

Koreya ya Ruguru yagereranyije ijambo rya Trump n’ijwi ry'imbwa irimo kumoka”

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Koreya ya Ruguru, Ri Yong-ho yavuze ko ibyo perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump aherutse kuvugira mu nama ya ONU bisa n’imbwa iri kumoka ko nta cyo bivuze. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni nyuma y’ijambo perezida Trump aherutse kuvugira mu nama ya ONU kuwa Gatatu w’iki cyumweru, aho yavuze ko azasenya […]

Kenya: Igorofa yagenewe ibitaro yaguye ikomeretsa abantu 40

Igorofa y’inyubako eshatu zigerekeranye yaguye ikomeretsa abantu 40 mu mujyi wa Kapsabet mu gace ka Nandi muri Kenya. Yahirimye ku wa Kane tariki ya 21 Nzeri 2017 ahagana saa saba ku isaha ya Kenya. Yari iherereye ku muhanda munini Kapsabet-Kisumu , bivugwa ko yari ibitaro nkuko ikinyamakuru Kenyans.co.ke cyabitangaje. Abantu 60 bakekwa ko bari muri […]

Twishimiraga intsinzi ya R. Madrid i Kigali, ndyamana n’umusore ntazi antera inda, umwana ahora ambaza se- Nkore iki?

Muraho neza se! mfite umwana w’umuhungu ufite imyaka ibiri n’igice, uko uyu mwana yavutse ni amateka maremare, kuko n’ubu iyo mbyibutse bituma nibaza byinshi. Mu by’ukuri, hari ku itariki ya 24 Gicurasi 2014, ubwo habaga final ya Champions League, nari umufana na Real Madrid ukomeye, mu gihe abandi bafanaga Atletico Madrid baririraga mu myotsi. Twari […]

U Rwanda rugiye kohereza izindi ngabo muri Repubulika ya Centrafrica

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko kigiye kongerera imbaraga ingabo za UN ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA). Ni ingabo zibumbiye mu ikompanyi ya Motorised Infantry Company, aho abasirikare bagera ku 140 bagomba kuba bari muri kiriya gihugu bitarenze ku itariki ya 26 Nzeri, ibikoresho bya bo n’ibindi bizifashishwa bikaba byaratangiye kujyanwa kuya […]

Amerika yasabye ko hakorwa iperereza ku bwicanyi bwakorewe impunzi 39 z’Abarundi muri Congo

Leta zunze ubumwe za Amerika zitangaza ko zihangayikishijwe n’amakuru yayigezeho y’ubwicanyi bwakorewe impunzi z’Abarundi muri Congo. Ishami rya Loni rishinzwe kwita ku mpunzi, UNHCR, rivuga ko impunzi zishwe ari 39 aho zabaga mu nkambi ya Kamanyola muri Congo, zishwe ku mugoroba wo ku wa 15 Nzeri 2017 n’inzego zishinwe umutekano. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ku wa Gatatu […]

Abakobwa barenga 100 bari barashimuswe na Boko Haram basubiye mu ishuri

Abakobwa barenga 100 bo muri Nigeria bari barashimuswe na Boko Haram basubiye ku ishuri. Abo bakobwa biga mu ishuri rya rya Chibok ari naryo zina bamenyekanyeho’ abakobwa b’i Chibok) bashimushwe n’abarwanyi b’uyu mutwe w’iterabwoba mu mwaka wa 2014 . Aba bakobwa bamaze icyumweru biga muri kaminuza y’Abanyamerika iri mu mujyi wa Yola muri Nigeriya, nyuma […]

Rwamagana: Abarimu bigisha muri ‘Alyga Vocational center” badahemberwa igihe bahagaritse akazi

Abarimu bigishaga mu kigo cy’imyuga “Alyga Vocational center” gikorera mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana, bavuga ko bahagaritse kwigisha muri icyo kigo kubera kudahemberwa igihe. Ku wa 15 Nzeri 2017, bandikiye ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana basaba kwishyurizwa amafaranga yabo ibihumbi 330, nk’uko bigaragara mu ibariruwa bwiza.com ifitiye kopi. Abarimu bavuga ko bakomeje gusaba […]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru-Ubushakashatsi

Umushakashatsi mu bya Misile, Joe Cirincione yatangaje ko hagati y’Amerika n’u Buyapani nta gihugu na kimwe kirimo gifite ubushobozi bwo kugaba ibitero by’intambara kuri Koreya ya Ruguru ari na yo mpamvu bitigeze bitinyuka kubikora kandi Koreya yo ihora irekura ibisasu. Ubushakashatsi bw’iyi nzobere bwerekana ko muri ibi bihugu nubwo bivuga ko bifite imbaraga, ariko ko […]

Loni igomba gufata kimwe abantu bose ikorera ntaho ibogamiye kandi ikabubaha-Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rwishimiye kuba mu bategura amavugururwa ya Loni ndetse n’ay’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, azatuma iyi miryango yombi irushaho gukorana mu nyungu z’abatuye Isi, asaba ko icyuho kikigaragara muri Loni cyazibwa. Yabitangaje ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama y’inteko rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye(Loni/ONU/UN)ikomeje kubera I New […]

Abashakashatsi b'urukingo rwa Virus itera SIDA bemeza ko ruzaboneka

Abakora ubushakashatsi ku rukingo rwa Virus itera SIDA baravuga ko bafite icyizere ko ruzagera aho rukaboneka nubwo inzira ikiri ndende. Hagati aho ariko abaturage bavuga ko ruramutse rubonetse hari benshi rwaramira. Aba bashakashatsi baturuka mu bihugu bitandukanye bibumbiye mu muryango mpuzamahanga ushinzwe gushaka urukingo rwa virus itera Sida (The International AIDS Vaccine Inititative, IAVI), bari […]

Rio Ferdinand wahagaritse guconga ruhago, yerekeje mu iteramakofi

Uwakanyujijeho muri ruhago, Rio Ferdinand, yatangaje ku mugaragaro ko nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru, akomereje mu mukino w’iteramakofi nk’uwabigize umwuga. Uyu mugabo w’imyaka 38, yahagaritse gukina umupira w’amaguru mu myaka 2 ishize, ni umwe mu bakinnyi babaye inkingi za mwamba mu ikipe ya Manchester United n’ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, yasezeye muri ruhago muri 2015 ubwo […]

Ni igihe kingana gute umugore yakoreraho imibonano mpuzabitsina nyuma yo kubyara?

Abantu benshi bajya bibaza rimwe bakabanza gutegereza ariko batazi igihe kiza umuntu agomba kumara, cyangwa abandi bo ntibanabyiteho bumva ko nta ngaruka igihe bumva ntaho bababara.Abaganga batangaza ko ubusanzwe umugore umaze kubyara ari byiza gutegereza ibyumweru bitandatu kugirango abone gukora imibonano mpuzabitsina. Niba umaze kubyara , gukora imibonano mpuzabitsina si cyo cya mbere ukwiye gukora.Kuko […]

Rwamagana: Abagore baboha uduseke bavuga uburyo Abayapani bashatse kubajyana iwabo bakanga

Abagore bakora umwuga w’ubukorikori bushingiye ku muco nyarwanda bibumbiye muri koperative ‘Agaseke k’urukundo’ bavuga ko bakora ubukorikori bushingiye ku muco kandi bakabukora ku buryo bugezweho ku buryo agaseke bakora kakunzwe n’abanyamahanga barimo Abayapani bashatse kubajyana mu buyapani gukorerayo ubukorikori bwo kuboha Agaseke ndetse no kwigisha Abayapani baranga. Abayapani ngo bagerarageje gusaba aba bagore kubigisha uko […]

Muhanga: Uwubatse mu buryo bw’akajagari wese azasenyerwa- Meya Uwamariya BĂ©atrice

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butazihanganira na gato umuntu uzubaka mu kajagari ko bibangamira ishyirwamubikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Muhanga. Mu nama yagiranye n’abaturage ku wa 19 Nzeri 2017, kuri sitade ya Muhanga, umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Uwamariya BĂ©atrice nibwo yavugiye imbere y’imbaga y’abaturage b’aka karere ko uzubaka wese adafite ibyangombwa azaba ashaka kubaka […]

Zidane yasinye amasezerano yo gukomeza gutoza Real Madrid

Zinedine Zidane, Umufaransa utoza ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne yatangaje ko yongereye amasezerano yo gutoza iyi kipe. Iyi nkuru yatangajwe na nyiri ubwite nubwo Real Madrid yo ntacyo irabivugaho. Gusa ikizwi n’uko amasezerano ye yaganaga ku musozo kuko yari yasinye gutoza iyi kipe imyaka ibiri ubwo yayijyaga mo umwaka ushize nkuko […]

Kenya: Urukiko rw’ikirenga rwahishuye icyatumye amatora azasubirwamo

-Kumenyesha Kenyatta ko yatsinze nibyo byatumye amatora asubirwamo-Urukiko rw’ikirenga Urukiko rw’Ikirenga muri Kenya rwikomye komisiyo ishinzwe gutegura amatora IEBC, ku ngingo yafashe yo kugira impfabusa amatora yarasubije ku butegetsi Uhuru Kenyatta muri manda ya kabiri. Abacamanza bavuze ko amatora yabaye tariki ya 8 Kanama 2017 “atakozwe ku mugaragaro kandi ko atashobora kugenzurwa”. Umuyobozi mukuru wungirije […]

Rusizi: Imvura ivanze n’umuyaga ukabije byangije inzu 267

Imvura ivanze n’umuyaga ukabije byangije inzu 267 z’abaturage,uruganda rutunganya imifuka,abasirikare 5 inkuba irabakubita babiri bahita bajyanwa kwa muganga. Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Rusizi avuga ko imvura nyinshi ivanze n’umuyaga mwinshi irimo n’inkuba nyinshi yangije ibintu byinshi birimo imyaka y’abaturage,inzu zigera kuri 267,uruganda rutunganya imifuka rwari rwuzuye mu murenge wa Mururu n’ibindi,abaturage bakaba basabwe […]

Charli na Nina bagiye kwerekeza muri Canada

Nyuma y’ibihe byiza bagiriye mu ruzinduko baherutsemo muri Uganda, abahanzi bagize itsinda “Charli na Nina” bagiye kwereka mu gihugu cya Canada mu bitaramo. Ubwo batugezagaho indirimbo yabo nshya bise “Zahabu”, Charli na Nina baboneyeho kudutangariza ko iyi ndirimbo ije mu gihe kiza kuko ngo bari bakeneye indirimbo nshya bazifashisha mu bitaramo by’inkurikirane bafite mu mpera […]

U Rwanda rwabaye rubi ariko kuri ubu rwerekana ibyiza umuntu yakora-Perezida Kagame

Mu bikorwa by’inama y’inteko rusange ya Loni ikomeje kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Perezida Kagame yagiye yitabira inama zitandukanye, agaragazamo uko u Rwanda ruhagaze muri iyi minsi kuri politiki mpuzamahanga zitandukanye n’ibindi. Ku munsi w’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri 2017, yitabiriye Inama y’akanama gashinzwe iterambere ry’ubucuruzi n’ishoramari hagati y’Amerika […]

Rayon Sports yabonye umuterankunga mushya uzajya uyiha akayabo

Rayon Sports Fc yabonye umuterankunga mushya uzajya uyiha akayabo ka miliyoni 237 mu myaka ine n’uduhimbazamushyi dutandukanye. Ni nyuma y’amasezerano iyi sosiyete ya Fezabet ikora ibijyanye n’imikino y’amahirwe yagiranye na Rayon Spots ku wa Kabiri tariki ya 19 Nzeri 2017. Aya mafaranga azatangwa mu byiciro bikurikira nkuko bigaragara ku rubuga rwa Rayon Sports. Umwaka wa […]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ikiganiro mu kanama ka Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga(Council on foreign relations), abazwa uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru, abereka uburyo yayatsinze. Umukuru w’u Rwanda ari muri iki gihugu aho yitabiriye imirimo y’inteko rusange ya Loni iri kuba ku nshuro ya 72, aho i New […]

Kuki impunzi 39 z’Abarundi muri Congo zishwe n'abashinzwe umutekano?

Ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2017, nibwo impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Kamanyola muri Congo zarashwemo urufaya rw’amasasu n’inzego zishinzwe umutekano muri icyo gihugu, 39 muri zo zihasiga ubuzima. Urujijo ruracyari rwose mu makuru atangwa n’inzego zitandukanye, havugwa ko inzego z’umutekano zarashe izo mpunzi na zo zitabara, Leta ya Congo ikavuga ko […]