11 b’Amavubi besurana n’Imisambi ya Uganda bamenyekanye

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yamaze gutangaza abakinnyi 11 u Rwanda ruza kwiyambaza imbere y’Imisambi ya Uganda bashaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar. Ni umukino wo mu tsinda E ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. 11 b’Amavubi babanza mu kibuga Umunyezamu: Mvuyekure Emery (18) Ba […]

Nyaruguru: Umusore w’imyaka 18 akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 7

Umusore witwa Nkurunziza Bosco ufite imyaka 18 y’amavuko, utuye mu mudugudu wa Ntanda, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, akaba yari umukozi wo mu rugo, yafashwe n’abaturage ashyikirizwa ubuyobozi bw’umurenge wa Rusenge, kubera ko akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 7 wo mu rugo yakoragamo. Amakuru y’ihohoterwa ry’umwana akaba yatanzwe n’ababyeyi b’umwana. […]

Guinée: Col Doumbouya yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umusivile

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamady Doumbouya, yashyizeho umusivile witwa Mohamed Beavogui nka Minisitiri w’Intebe wa Guverinoma y’inzibacyuho ya kiriya gihugu. Beavogui w’imyaka 68 y’amavuko, ni impuguke mu icungamari ryo mu rwego rw’ubuhinzi yakoze igihe kirekire mu muryango w’Abibumbye. AFP ivuga ko afitanye isano na Diallo Telli, umudipolomate wa mbere wa Guinée-Conakry wabaye Umunyamabanga Mukuru […]

Espagne yahangamuye u Butaliyani bwari bwarananiranye, igera kuri finali ya UEFA Nations league

Ikipe y’Igihugu ya Espagne ‘La Furia Roja’, yaraye igeze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya UEFA Nations league nyuma yo gutsinda u Butaliyani bwari bwarananiranye ibitego 2-1. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa 1/2 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya San Siro, i Milan mu Butaliyani. Espagne yiganjemo abakinnyi b’urubyiruko, yari irajwe ishinga no kwihorera […]

Abakinnyi 25 ba Guinée-Bissau bajyanwe kwa muganga ikitaraganya nyuma yo gugufatwa n’impiswi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu gihugu cya Guinée-Bissau (FFGB), ryatangaje ko abakinnyi 25 b’ikipe ya kiriya gihugu n’abatoza barembeye mu bitaro, nyuma yo kuhajyanwa igitaraganya bahitwa banaruka. Aba bakinnyi bagize iki kibazo nyuma yo gufata ifunguro rya nimugoroba ku munsi w’ejo. Ikipe ya Guinée-Bissau iri i Rabat muri Maroc aho igomba guhurira n’ikipe ya kiriya gihugu, […]

Uganda yageze mu Rwanda mbere yo gucakirana n’Amavubi (Amafoto)

img_20211006_065603.jpg

Ikipe y’Igihugu ya Uganda ‘The Cranes’, yamaze kugera i Kigali aho yitabiriye umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 cyo muri Qatar uzayihuza n’Amavubi y’u Rwanda. Uyu mukino wa Gatatu wo mu itsinda E uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo saa kumi n’ebyiri z’umugoroba w’ejo ku wa Kane tariki ya 07 Ukwakira, […]

APR FC yitegura gusezerera ES du Sahel yahagamwe na Etincelles

Ikipe ya APR FC yitegura guhurira na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, yananiwe gutsinda Etincelles bagwa miswi 0-0. Ni mu mukino wa gicuti wabereye i Shyorongi ejo ku wa Kabiri, gusa APR FC yawukinnye idafite abarimo Omborenga Fitina, Manishimwe Djabel, Jacques Tuyisenge na Mugunga Yves […]

Perezida Filipe Nyusi yasabye ibyihebe bihanganye na RDF kuyamanika cyangwa bikicwa

Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yasabye ibyihebe bihanganye n’Ingabo z’u Rwanda mu ntara ya Cabo Delgado kuyamanika cyangwa bikicwa, ngo kuko ntaho bigifite ho guhungira. Perezida Nyusi yabivugiye mu muhango wo kuzirikana imyaka 29 y’amahoro ishize muri Mozambique harangiye intambara yashyamiranyije Guverinoma y’ishyaka rya FRELIMO n’inyeshyamba zo mu ishyaka rya UNAMO. Ni umuhango wabaye mu […]

Kagere ari mu mwiherero w’Amavubi, yitezweho gusubiramo ibyo yakoreye Uganda mu myaka 10 ishize

Rutahizamu Meddie Kagere ukinira ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yamaze kugera mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ikomeje kwitegura Imisambi ya Uganda. Kagere uheruka gufasha Simba gutsinda Dodoma Jijii muri shampiyona yageze mu mwiherero w’Amavubi ku mugoroba w’ejo. Aya Mavubi y’u Rwanda akomeje kwitegura Imisambi ya Uganda mu mikino ibiri yo […]

Facebook yahombye $ miliyari 7 mu gihe cy’amasaha atandatu serivisi zayo zahagaze

Sosiyete ya Facebook yahombye abarirwa muri $ miliayari 7, nyuma y’amasaha atanu imbuga nkoranyamba zayo zirimo urwa Facebook, WhatsApp, Instagram na Messenger zamaze zidakora. Urubuga DownDetector rwatangaje ko izi mbuga nkoranyambaga zahagaze ku Isi yose ku isaha ya saa kumi n’imwe n’iminota 44 z’i Kigali. Hashtag ya #Facebookdown n’imwe mu zavugwagaho cyane ku rubuga rwa […]

Facebook, WhatsApp, Instagram na Messenger byakwamye

photocollage_1633365101361.jpg

Zimwe mu mbuga nkoranyamba zikoreshwa na benshi ku Isi zirimo urwa Facebook, WhatsApp, Instagram na Facebook Messenger, zagize ikibazo kuri uyu wa Mbere biba ngombwa ko zihagarara. Urubuga DownDetector rwatangaje ko izi mbuga nkoranyamba zahagaze ku Isi yose ku isaha ya saa kumi n’imwe n’iminota 44 z’i Kigali. Magingo aya Hashtag ya #Facebookdown n’imwe mu […]

Perezida Ndayishimiye avuga ko hari bamwe muri CNDD-FDD bamwifuriza gupfa

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, avuga ko hari bamwe mu barwanashyaka b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bashobora kuba bamwifuriza gupfa kubera amanyanga bakomeje gukora amaze igihe ashyira hanze. Perezida Ndayishimiye yabitangaje ku wa Kane w’icyumweru gishize, mu masengesho ategurwa n’ishyaka CNDD-FDD aba buri wa Kane wa nyuma w’ukwezi yabereye mu mujyi wa Gitega. Umukuru w’Igihugu […]

Abanyeshuri barenga ibihumbi 60 batsinzwe ibizamini bya Leta bazasibira

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko hari abanyeshuri bagera kuri 60,642 bagomba gusibira bagasubiramo amasomo, nyuma yo gutsindwa ibizamini bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Ukwakira ni bwo iyi Minisiteri yatangaje amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta, barimo abakoze ibisoza amashuri abanza ndetse n’abakoze asoza Icyiciro Rusange cy’ayisumbuye. Ni […]

Kamonyi: Hafashwe abandi 27 bakekwaho guhohotera abaturage bitwaje intwaro gakondo

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, ku Cyumweru tariki ya 3 Ukwakira yafashe abantu 27 bagize itsinda rikekwaho guhohotera no kwiba abaturage bitwaje intwaro gakondo zirimo imipanga. Ni nyuma y’uko abaturage bari bamaze iminsi bagaragaje ko hari abantu babatega bitwaje imihoro bakabagirira nabi ndetse bakanabambura. Icyenda mu bafashwe bafatiwe mu Murenge wa Ngamba, abandi 18 […]

Messi yasogongeye ku ntsinzwi ya mbere muri PSG

Ikipe ya Paris Saint-Germain iri kumwe na Lionel Messi, yatakaje umukino wa mbere kuva uyu munya-Argentine yayigeramo mu mpeshyi y’uyu mwaka. Paris Saint-Germain yari imaze imikino umunani idatsindwa, ku Cyumweru yatsinzwe na Stede Rennais ibitego 2-0, mu mukino wa shampiyona y’Abafaransa. Messi waherukaga gutsinda ibitego cy’akataraboneka mu mukino wa UEFA Champions league PSG iheruka gutsindamo […]

Gen Muhizi yasubije abavuga ko RDF yorohewe n’urugamba rwo muri Cabo Delgado

Umuyobozi w’ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, Brig Gen Muhizi Pascal, yasubije abibwira ko ingabo za RDF zorohewe n’urugamba ziriho rwo kurwanya ibyihebe, avuga ko abatari abasirikare cyangwa abatararwanye ruriya rugamba bashobora kubyita uko bashatse. Muri Nyakanga uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi 1000 bo gutanga umusanzu mu guhashya imitwe y’iterabwoba muri […]

Rayon Sports yatsinze AS Kigali mu mukino wa gicuti, umunyezamu Adolphe akora ibidasanzwe

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze AS Kigali igitego 1-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Wari umukino amakipe yombi yiteguragamo shampiyona y’icyiciro cya mbere igomba gutangira mu mpera z’uku kwezi, gusa AS Kigali yaniteguraga imikino ibiri ifitanye na DCMP yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ijonjora […]

MINALOC yemereye Abagatolika n’Abayisilamu gusenga buri munsi

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yemereye abayoboke ba Kiliziya Gatolika n’ab’idini ya Islam gusenga buri munsi nk’uko byari bisanzwe mu mikorere yabo, ariko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yashyizweho. Ni nyuma y’uko abayobora ariya madini bari bandikiye MINALOC bayisaba ko bakwemererwa gusenga buri munsi. Iyi Minisiteri ibinyujije kuri Twitter, yavuze ko nyuma yo kujya inama kuri buriya […]

RDC: FARDC yataye muri yombi amabandi 100 arimo Abanyarwanda 37

Igisirikare cya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ku bufatanye na Polisi y’iki gihugu, bataye muri yombi amabandi abarirwa mu ijana arimo Abanyarwanda 37. Aba batawe muri yombi hagati y’itariki 29 n’iya 30 Nzeri, bafatiwe muri Teritwari ya Nyiragongo ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru nk’uko ACTUALITE yabitangaje. Mu byo aya mabandi yafatanwe harimo intwaro […]

Col Doumbouya wahiritse ubutegetsi bwa Guinée yaba aherutse guha gasopo Museveni

Col Mamady Doumbouya mu kwezi gushize wahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé wa Guinée-Conakry, ngo yaba aherutse gusaba Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda kureka kwiha gutanga amasomo ya demukarasi kuri Guinée. Ni nyuma y’uko Museveni ari mu bamaganye ibyo uyu musirikare na bagenzi be yari ayoboye bo mu mutwe w’Ingabo zidasanzwe bakoreye Perezida Condé, […]

U Burundi bwifatanyije n’ibihugu bikomeye mu kwamagana ibihano bya Amerika

Igihugu cy’u Burundi cyifatanyije n’ibindi 29 birimo u Bushinwa n’u Burusiya, mu kwamagana icyo byise ‘iterabwoba n’agahato by’igihugu kimwe’ bishyirwa ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere. Ni ibikubiye mu itangazo ibi bihugu byageneye Umuryango w’Abibumbye, ryashyizweho umukono na Amb. Zhang Jun uhagarariye u Bushinwa muri Loni. Ni itangazo ibi bihugu byasohoye mu gihe hashize igihe […]

Byatangiye nshaka kumurya akanyihera amafaranga_Kwizera wahishuye uko yakundanye na Mukaperezida umurusha imyaka 27

Kwizera Evariste yahishuye ko atangira gukunda Mukaperezida Clotilde babana nk’umugabo n’umugore, yari afite gahunda yo kujya baryamana uyu mugore na we akamuha amafaranga, gusa birangira bivuyemo urukundo rw’ukuri. Mu ntangiriro za 2019 ni bwo aba bombi bakoze ubukwe bwavugishije abatari bake, bitewe n’ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo bombi. Bakora ubukwe Kwizera yari afite imyaka 21 […]

Umwongereza wibiwe muri gereza y’i Mageragere Frw miliyoni 9, arasaba RCS indishyi ya Frw miliyari 9

Kassem Mohamed, Umwongereza ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yabwiye urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ko ashaka ko Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwazamuha indishyi ya miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda kuko ari rwo mukoresha w’abamwibye. Yabivuze ku wa Gatanu ubwo yari mu rubanza ruregwamo CSP Kayumba Innocent wohoze ayobora Gereza ya Nyarugenge na bagenzi be bakurikiranyweho […]

Kagere yavuye ku ntebe y’abasimbura, avana Simba mu nzara za Dodoma Jiji

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, yafashije Simba Sports Club kubona amanota atatu ya mbere muri shampiyona ya Tanzania nyuma yo gutsinda Dodoma Jiji igitego 1-0. Simba yari yasuye Dodoma mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona. Igitego cya Kagere cyo ku munota wa 70 w’umukino ni cyo cyafashije Simba gukura amanota atatu mu mujyi […]

Perezida Kagame yanenze ibihugu by’ibihangange ku buryarya bwabyo n’indimi ebyiri kuri Afurika

Perezida wa Repububulika, Paul Kagame, yavuze ko icyorezo cya COVID-19 cyongeye kugaragaza uburyarya n’indimi ebyiri z’ibihugu by’ibihangange kuri Afurika, bitewe n’uko uyu mugabane wagiye usigazwa inyuma mu isaranganywa ry’inkingo za kiriya cyorezo. Umukuru w’Igihugu yabivugiye i Abu Dhabi muri Leta Ziyunze z’Abarabu, aho yitabiriye inama ya 14 mpuzamahanga kuri Politiki za leta. Yavuze ko imyaka […]

Hon. Fabien Banciryanino yarekuwe nyuma y’umwaka ari muri gereza

Hon. Fabien Banciryanino wahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Burundi, yarekuwe kuri uyu wa Gatanu nyuma y’umwaka yari amaze afunzwe. Ku itariki ya 08 Ukwakira 2020 ni bwo uyu mugabo yari yatawe muri yombi, mbere yo kujya gufungirwa muri gereza ya Mpimba. Uyu mushingamategeko yashinjwaga ibyaha bitatu birimo kwigomeka, gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, […]

Col Mamady Doumbouya yarahiriye gutegeka Guinée-Conakry igihe kitazwi

Nyuma y’ukwezi kumwe ahiritse ku butegetsi Perezida Alpha Condé, Col Mamady Doumbouya kuri uyu wa Gatanu yarahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry. Col Doumbouya yarahijwe n’abacamanza bo mu rukiko rw’Ikirenga, mu muhango wabereye mu ngoro yitiriwe Mohamed V i Conakry. Mu bitabiriye uyu muhango harimo Col. Asmi Goïta mu mezi 13 ashize wahiritse ubutegetsi bwa […]

Burundi: Abasirikare 32 biganjemo abajenerali n’aba Colonel boherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Abasirikare 32 bakuru mu gisirikare cy’u Burundi biganjemo abo ku rwego rwa ba Ofisiye Jenerali n’aba Colonel, boherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Ukwakira. Urwandiko rwohereza aba basirikare mu kiruhuko cy’iza bukuru rwashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo. Aba basirikare biganjemo abahoze mu gisirikare cya kera […]

Malawi: Umudepite yirasiye mu nteko ishinga amategeko arapfa

Uwahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Malawi, Clement Chiwaya, yirasiye mu nteko kuri uyu wa Gatanu arapfa. Chiwaya yahoze ari Visi-Perezida w’Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite; inshingano yakoze hagati ya 2014 na 2019. Kuri ubu yari asigaye agendera mu kagare nyuma yo kugira ikibazo cyo kumugara. Mu rwandiko uyu mugabo w’imyaka 50 yanditse […]

Perezida Kagame ari i Abu Dhabi muri UAE

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamaze kugera i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho yitabiriye inama ya ‘World Policy Conference’ ya 2021 yiga kuri Politiki za leta. Mu kanya kashize ni bwo Perezida Kagame yageze i Abu Dhabi nk’uko byemejwe n’ibiro bye mu butumwa buri kuri Twitter yabyo. Umukuru w’igihugu yaherukaga kwitabira inama […]

Col Mamady Doumbouya agiye kurahirira gutegeka Guinée-Conakry

Mamady Doumbouya, umusirikare ufite ipeti rya Colonel wayoboye ihirika ry’ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé muri Guinée-Conakry, ararahirira kuba Perezida w’inzibacyuho wa kiriya gihugu kuri uyu wa Gatanu. Itangazo ryasomewe kuri Televiziyo y’igihugu muri Guinée rivuga ko Col Doumbaya azarahirira ahazwi nka Mohammed V conference centre i Conakry, ku isaha ya Saa munani za hano i […]

Idamange yahamijwe ibyaha byose yaregwaga, akatirwa imyaka 15 y’igifungo

Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruri i Nyanza kuri uyu wa Kane, rwakatiye Idamange Iryamugwiza Yvonne igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu ya Frw miliyoni 15, nyuma yo kumuhamya ibyaha byose yaregwaga n’ubushinjacyaha. Uyu mugore yari akurikiranweho ibyaha bitandatu birimo gushoza imvururu n’imidugararo muri rubanda, gutesha agaciro ibimenyetso bya jenoside, gukwirakwiza ibihuha hakoreshejwe ikoranabuhanga, gutambamira ishyirwa mu bikorwa rya […]

Davis Kasirye muri batanu basezerewe mu kipe ya Uganda yitegura Amavubi

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda ‘The Cranes’, Milutin Michó Sredojevic, yamaze gusezerera abakinnyi batanu mu bo yari yarahamagaye bitegura umukino n’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’. Uganda n’u Rwanda bazahura mu kwezi gutaha, mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu 2022. Abakinnyi Micho yasezereye barimo David Bagoole ukina hagati mu kibuga […]

UEFA CL: C. Ronaldo yarokoye Man United ku munota wa nyuma, Barcelona yandagazwa na Benfica

Ikipe ya Manchester United ibifashijwemo na rutahizamu Cristiano Ronaldo, yaraye itsinze Villarreal bigoranye ibitego 2-1 mu mukino wa UEFA Champions league wabaye mu ijoro ryakeye. Man United yari yakiriye Villarreal yaherukaga kuyitwara Europa league i Old Trafford, mu mukino wa kabiri wo mu tsinda F rya UEFA Champions league. Manchester United yihariye umupira mu minota […]

Dr Pierre Damien Habumuremyi yasubikiwe igifungo cy’amezi 15, ashobora kurekurwa mu mezi 6 ari imbere

Urukiko rw’Ubujurire kuri wa Gatatu, rwasubikiye igihano cy’igifungo kingana n’amezi 15 Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu gifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe. Mu Ugushyingo 2020 ni bwo Dr Habumuremyi yakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye cyakozwe mu izina rya Kaminuza […]

Umugore yashyingiranwe n’umuhungu we mu rwego rwo kugaruza amafaranga y’ishuri yamutangiye

Umugore w’imyaka 47 y’amavuko wo mu gihugu cya Malawi, yashyingiranwe n’umuhungu we w’imyaka 30 y’amavuko mu rwego rwo kugaruza umurengera w’amafaranga yamutanzeho akiri umunyeshuri. Inkuru y’uyu mubyeyi n’umuhungu we yazamuye uburakari bwinshi muri bamwe mu baturage ba Malawi n’abatuye hanze y’iki gihugu. Ibinyamakuru byo muri iki gihugu cyo mu majyepfo y’umugabane wa Afurika bivuga ko […]

Mozambique: RDF yabyaje umubyeyi wari umaze iminsi ibiri ku bise

Ingabo z’u Rwanda ziri mu rugamba rwo kurwanya imitwe y’iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, zafashije umugore wo muri iriya ntara kubyara nyuma y’iminsi ibiri yari amaze ku bise. RDF yabyarije uyu mubyeyi ku bitaro byayo biri Afungi, nyuma yo kumuha ubutabazi bw’ibanze no kumubaga. Uyu mubyeyi w’imyaka 24 y’amavuko witwa […]

Ni ukumwubahuka_Rio Ferdinand wababajwe cyane no kuba Messi yaryamishijwe mu rukuta

Rio Ferdinand wamamaye mu kipe ya Manchester United n’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, yababajwe no kubona Messi aryamye ku rukuta rw’ikipe ya PSG, ashimangira ko ibyo uyu mukinnyi w’igihangange yakorewe ari ukumwubahuka cyane. Mu ijoro ryakeye Messi na bagenzi be bari bakiriye Manchester City i Parc des Princes, mu mukino wa UEFA Champions league wa kabiri […]

Ikindi gitero cya grenade cyagabwe mu kabari cyahitanye batatu i Bujumbura

Abantu batatu bitabye Imana ku mugoroba w’ejo ku wa Kabiri, nyuma y’igitero cya grenade cyagabwe mu kabari bari barimo mu ntara ya Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi. Akabari iki gitero cyagabwemo gaherereye mu gasantere kitwa Vugizo wa Rubondo ho muri Komine Mutimbuzi mu ntara ya Bujumbura. Iki gitero cyije cyiyongera ku bindi byinshi byagiye bigabwa […]

Messi yatsindiye PSG igitego cya mbere, itsinda Man City muri Champions league

Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze Manchester City ibitego 2-0 mu mukino wa UEFA Champions league, Lionel Messi atsinda igitego cya mbere yambaye umwambaro w’iyi kipe y’i Paris. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda A wabereye i Parc des Princes mu Bufaransa. Wari umukino w’ishiraniro waranzwe no gusatirana ku mpande zombi. […]

Rayon Sports yasinyishije undi rutahizamu w’umunye-Mali (Amafoto)

img_20210928_142500.jpg

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Souleymane Sanogo ukomoka mu gihugu cya Mali, aba umunyamahanga wa gatanu isinyishije mu minsi ibiri ishize. Uyu munya-Mali yasinye imyaka ibiri kuri uyu wa kabiri, nyuma y’imyitozo yabereye mu Nzove. Ni imyitozo iyi kipe ikomeje kugeragerezamo abakinnyi batandukanye biganjemo abanyamahanga, abo ishimwe ikabasinyisha mu gihe abo […]

Bidasubirwaho Muhire Kevin ni umukinnyi wa Rayon Sports, yanatangiye imyitozo

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha amasezerano mashya Kevin Muhire, ahita ajya gufatanya na bagenzi be imyitozo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo Kevin Muhire yatangiye imyitozo muri iriya kipe, nyuma yo kugera ku kibuga cyayo cy’imyitozo ari mu modoka imwe na Perezida Uwayezu Jean Fidèle. Amafoto yagiye hanze yerekana Kevin Muhire […]

USA: Abashyigikiye Bobi Wine bigaragambirije ku Cyicaro Gikuru cya Loni

Abashyigikiye umunyapolitiki Bobi Wine wo muri Uganda, baheruka gukorera imyigaragambyo ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York basaba amahanga kugenzura ingufu z’umurengera zikoreshwa n’ubutegetsi bwa Museveni. Aba bashyigikiye Bobi Wine mu myambaro n’ingofero bituruka, bari bafite mu ntoki ibyapa biriho amagambo yamagana ubutegetsi bwa Kampala. Amagambo agira ati: “Ubuzima bw’ab’i Masaka buhabwe agaciro, Museveni […]

Mashami yahamagaye 36 b’Amavubi bagomba kwitegura Uganda

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 36 bagomba kwitegura imikino ibiri u Rwanda rugomba guhuramo na Uganda Cranes mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022. Umukino ubanza uzabera i Kigali aho ‘’Amavubi Stars’’ azakira Ikipe y’Igihugu ya Uganda ku wa kane tariki ya 7 Ukwakira 2021 kuri Stade ya Kigali guhera […]

Dosiye y’umunyamakuru Jado Castar yashyikirijwe ubushinjacyaha

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza ubushinjacyaha bw’u Rwanda dosiye iregwamo umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu wamenyekanye nka Jado Castar, nyuma y’icyumweru yari amaze akorwaho iperereza. Ni nyuma yo gutabwa muri yombi ku wa Mbere tariki ya 20 Nzeri akekwaho gukoresha inyandiko mpimbano. Jado Castar usanzwe ari umuyobozi mukuru wa Radio B&B FM-Umwezi, anasanzwe ari […]

Perezida João Lourenço ku gitutu azira umurengera w’amafaranga yakoresheje ajya muri Amerika

Abagize Sosiyete sivile n’imitwe ya Politiki itandukanye muri Angola, bakomeje kunenga Perezida João Lourenço wa kiriya gihugu nyuma y’umurengera w’amafaranga yagenewe yitabira Inteko Rusange ya Loni. Tariki ya 08 Nzeri Perezida Lourenço yemeje iteka rya miliyari 2.5 z’ama-Kwanza akoreshwa muri Angola (arenga Frw miliyari 4.2) nk’amafaranga yagombaga gukoresha mu myiteguro y’Inteko Rusange ya 76 ya […]

Umunyemari Gaposho yatawe muri yombi na RIB azira imbwa ze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umunyemari Gahunde Jean uzwi nka ‘Gaposho’ kubera ikibazo cy’imbwa ze bivugwa ko zisagarira ndetse zinakarya abaturanyi be. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya RIB i Remera. Ati: “Ni byo Gahunde uzwi ku izina rya Gaposho, […]

Perezida Kagame yishimiye intsinzi ya Arsenal kuri Tottenham

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yishimiye intsinzi y’ibitego 3-1 ikipe ya Arsenal yihebeye yakuye kuri Tottenham Hotspur, ashimira buri wese wayigizemo uruhare. Arsenal ku mugoroba wo ku cyumweru yari yakiriye Tottenham i Emirates Stadium, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona y’Abongereza. Ni amakipe yombi asanzwe ahurira mu majyaruguru y’umujyi wa London, ikaba impamvu nyamukuru […]

Young Africans yihoreye kuri Simba ya Kagere, iyitwara Super Cup ya Tanzania

Ikipe ya Young Africans yegukanye igikombe kiruta ibindi muri Tanzania (Super Cup), nyuma yo gutsinda ibitego 1-0 Simba Sports Club ikinamo Umunyarwanda Meddie Kagere. Ni mu mukino w’ishiraniro aya makipe y’amakeba yari yahuriyemo kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam. Igitego cyo ku munota wa 11 w’umukino cya rutahizamu Fiston Mayele ni cyo […]

Col Théoneste Bagosora yapfuye

Col Théoneste Bagosora wari ufungiye mu gihugu cya Mali nyuma yo guhamwa n’ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu ku myaka 79 y’amavuko. Inkuru y’urupfu rwa Col Bagosora rwemejwe n’umuhungu we, Achille Bagosora, abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook yanyujijeho ubutumwa bugufi amwifuriza kuruhukira mu mahoro. Col Bagosora wakunze gushyirwa […]

RED-Tabara yigambye kwica abasirikare b’u Burundi nyuma y’imirwano ikaze

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wigambye kwica abasirikare batatu b’iki gihugu mu mirwano yasakiranyije impande zombi. Uyu mutwe mu itangazo ryasohowe na Nahimana Patrick usanzwe ari Umuvugizi wawo mu bya gisirikare, wavuze ko iyi mirwano wise ikomeye yabereye muri Komine Mugamba ho mu ntara ya Bururi mu majyepfo y’u Burundi. Uretse kwica abasirikare […]

Perezida Kagame yakurikiranye imyiyereko y’ingabo za Mozambique (Amafoto)

img_20210925_125448.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame uri mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, kuri uyu wa Gatandatu yakurikiranye imyiyereko y’ingabo z’iki gihugu zirwanira mu mazi. Ni imyiyereko yabereye mu nyanja y’Abahinde, mu mujyi wa Pemba. Perezida Kagame yakurikiranye iyi myiyereko Ingabo za Mozambique zerekaniyemo ubushobozi bwazo ari kumwe na mugenzi we Filipe Nyusi, […]

Rayon Sports yatijwe na Raja Casablanca umukinnyi ukina hagati mu kibuga

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha umukinnyi ukina hagati mu kibuga witwa Lahssaine Ayoub wakiniraga ikipe ya Raja Casablanca. Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko yasinyiye Rayon Sports nk’intizanyo, binyuze mu masezerano y’ubufatanye iyi kipe ifitanye n’iriya kipe ikunzwe kurusha izindi muri Maroc. Rayon Sports yemeje ko Ayoub yamaze gusinyisha yazamukiye mu ngimbi z’ikipe […]

Perezida Kagame yemeje ko hari abasirikare ba RDF biciwe muri Mozambique

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ko hari abasirikare bake ba RDF baguye ku rugamba Ingabo zayo ziriho rwo guhashya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique. Perezida Kagame yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 24 Nzeri, ubwo yasuraga Ingabo n’ababopisi b’u Rwanda bakabakaba 1,000 boherejwe kugarura amahoro […]

Umutoza w’imwe mu makipe yo mu Rwanda yahagaritswe azira ubutinganyi

img_20210925_083933.jpg

Ikipe ya United Stars ikina muri shampoyona y’icyiciro cya kabiri hano mu Rwanda, yahagaritse by’agateganyo Mushimiyimana Eric wari umutoza wayo mukuru kubera gukekwaho ubutinganyi. Iyi kipe yo mu Kabagari mu karere ka Ruhango mu ibaruwa yandikiye uriya mutoza ejo hashize, yamumenyesheje ko yamuhagaritse ishingiye ku mpungenge yagejejweho n’abakinnyi. Iti: “Mu izina rya Komite Nyobozi ya […]

Museveni yagenewe ubutumwa bwihariye na Perezida Uhuru Kenyatta

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yakiriye ubutumwa bwihariye yagenewe na mugenzi we wa Kenya, Uhuru Kenyatta. Ni ubutumwa Museveni yashyikirijwe ku wa Gatanu i Nakasero na Amb. Monica Juma usanzwe ari umunyamabanga wa Leta ya Kenya muri Minisiteri y’Ingabo, wari uherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen Jeje Odongo. Izindi ntumwa za Kenya […]

Musanze: Barashinja Classic Lodge Hotel kubatwarira ubutaka ntibahe ingurane

Abagize umuryango wa Gafurege Paul wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, barasaba kurenganurwa nyuma y’imyaka itatu ubutaka bwabo butwawe na Classic Lodge Hotel ikabushyiramo umuhanda, ariko ikaba itarabahaye ingurane yabwo. Ni ubutaka buherereye mu mudugudu wa Nyiramuko, akagari ka Cyivugiza ho mu murenge wa Muko. Mpunga Jean Damascène uhagarariye uriya muryango, avuga […]