Abapolisi bagaragaye bakubita uwari watorotse kasho bari mu maboko ya RIB
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwamaze gushyikirizwa abapolisi babiri bagaragaye mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga bari gukubita umuturage wari watorotse kasho. Ku gicamunsi cyo ku wa Kane w’iki cyumweru nibwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiriye amashusho y’abantu bane bambaye imyenda isanzwe, bateruye umuntu bamwerekeza ahari haparitse imodoka. Mu kumugeza kuri iyo modoka yari iparitse […]
Perezida Kagame yahawe na Arsène Wenger umwambaro wa Arsenal yihebeye (Amafoto)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu yashyikirijwe umwambaro w’ikipe ya Arsenal yihebeye n’Umufaransa Arsène Wenger wahoze ayitoza. Arsène Wenger n’abarimo Perezida Gianni Infantino wa FIFA kimwe na Dr Patrice Motsepe wa CAF, bari mu Rwanda aho bitabiriye inama ya Komite Nyobozi ya CAF. Perezida Kagame ni we wafunguye ku mugaragaro iyi nama […]
Mfana Arsenal na Golden State Warriors, ariko nanareba shampiyona y’Abafaransa_Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yongeye gushimangira ko yihebeye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza na Golden State Warriors yo muri NBA, gusa akanaba asigaye akurikirana shampiyona y’Abafaransa n’iya Espagne. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ejo ku wa Gatanu, mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru l’Equipe cyo mu Bufaransa. Ni ikiganiro cyibanze kuri Siporo nyuma y’amateka ashaririye ya […]
Tugufata nk’umubyeyi w’igihugu cyacu_Ndayishimiye abwira Museveni
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi aheruka kubwira Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ko Abarundi bamufata nk’umubyeyi wabo, kubera uko yabitangiye kugira ngo bongere kugera ku mahoro n’ubwiyunge. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho ubwo yari yakiriwe na Museveni mu biro bye i Entebbe, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri aheruka kugurira muri Uganda. Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yavuze ko kuri […]
Diamond ntiyigeze aha agaciro urukundo rwacu_Tanasha Donna
Umunyakenyakazi Tanasha Donna wabyaranye na Diamond Platnumz, yavuze ko kuba uyu muhanzi atarigeze aha agaciro urukundo rwabo biri mu byatumye urukundo rwabo rugera ku iherezo. Uyu mugore winjiye mu rukundo na Diamond nk’umusimbura wa Hamisa Mobetto, yavuze ko yari afite icyizere cyo gukora ubukwe n’uriya muhanzi wo muri Tanzania mu myaka ibiri ishize, gusa birangira […]
Ndasaba imbabazi, nanazisabye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika-Dr Isaac Munyakazi
Dr Isaac Munyakazi wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye; yatakambiye urukiko rukuru rwa Nyarugenge arusaba kumubabarira, nyuma yo gusaba imbabazi n’abarimo Perezida Paul Kagame. Muri Gashyantare umwaka ushize ni bwo Munyakazi yeguye ku mirimo ye, nyuma yo gushinjwa amakosa arimo gukoresha inshingano yari afite mu nyungu ze bwite. […]
Arsène Wenger wahoze atoza Arsenal ari mu Rwanda
Umufaransa Arsène Wenger wahoze atoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ari hano mu Rwanda aho yitabiriye inama ya Komite nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF). Ni inama iteganyijwe kubera i Kigali kuri uyu wa Gatandatu, ikazayoborwa na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe. Arsène Wenger wageze i Kigali mu kanya kashize, ni umwe […]
Breaking: Lague Byiringiro yasinye muri FC Zürich
Rutahizamu Lague Byiringiro wakiniraga APR FC n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yamaze kwerekeza mu kipe ya FC Zürich yo mu kiciro cya mbere mu Busuwisi. Mu kanya kashize ni bwo uyu musore ukiri muto yasinye amasezerano y’imyaka itatu muri iriya kipe. Mu ntangiriro z’iki Cyumweru ni bwo Lague yageze i Zürich, ku butumire bwa FC Zürich yari […]
Rayon Sports yananiwe kwihimura kuri Kiyovu Sports
Umukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona wo mu tsinda B wahuzaga Rayon Sports na Kiyovu Sports, urangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1. Ni umukino Rayon Sports yari yarahiriyemo kwihorera kuri Kiyovu, bijyanye n’uko yari yarayitsinze ibitego 3-2 mu mukino wabahuje mu minsi ishize. Myugariro Mbogo Ally ni we wafunguriye Kiyovu Sports amazamu ku munota […]
Al Ahly igiye gutanga akayabo kuri Sofiane Rahimi wahaye akazi gakomeye abarimo Amavubi
Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, igiye gutanga akayabo ka $ miliyoni 5 igura Umunya-Maroc Sofiane Rahimi uheruka guha akazi gakomeye amakipe arimo n’Amavubi y’u Rwanda. Uyu musore usanzwe akinira ikipe ya Raja Casablanca y’iwabo muri Maroc, yigaragaje cyane muri CHAN yabereye muri Caméroun, atorwa nk’umukinnyi wayo nyuma yo gufasha Maroc kwisubiza […]
Museveni yavuze uko yashatse gufasha Gaddafi ngo bahe OTAN isomo, undi akamutenguha
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko mbere y’uko Col Muammar Gaddafi wahoze ari Perezida wa Libya yicwa, yapanze kumufasha kwigobotora ingabo zari zimusumburije, undi birangira amutengushye. Umukuru w’Igihugu cya Uganda yabigarutseho ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, ubwo yari amaze kurahirira manda ya gatandatu mu muhango wabereye ku kibuga cya Kololo. Perezida Museveni mu […]
Gen Kazura na CGP Dan Munyuza basoje uruzinduko rwabo muri Tanzania
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Dan Munyuza; kuri uyu wa Kane basoje uruzinduko rw’iminsi ine barimo mu gihugu cya Tanzania. Ku Cyumweru ni bwo Afande Kazura na Afande Munyuza basesekaye mu gihugu cya Tanzania, mu ruzinduko rwari rugamije kugirana ibiganiro na bagenzi babo bo […]
Indege ya RwandAir yaguye igitaraganya i Lubumbashi
Indege ya Sosiyete y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir), yaguye ikitaraganya i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kugira ikibazo cya Tekiniki. Iyi ndege yari irimo abagenzi berekeza mu Mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Yari yahagurutse i Kigali 23:55 z’ijoro ryo ku wa 12 Gicurasi, yerekeza i Johannesburg ku Kibuga cy’Indege […]
AS Kigali yongeye gusubira Police, Musanze FC yongera kubabaza Etincelles
Ikipe ya AS Kigali yongeye gusubira Police FC iyitsinda ibitego 2-0, mu mukino wa shampiyona wo mu tsinda rya gatatu (C) wabaye kuri uyu wa kane. Ni umukino amakipe yombi yahuyemo anganya amanota 9, bigasobanura ko yishakagamo igomba kuyobora itsinda. Ibitego byo ku munota wa 24 w’umukino bya Fiston Nkinzingabo na Shaban Hussein ku munota […]
Perezida Ndayishimiye yakiriwe na Museveni i Entebbe (Amafoto)

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi aherekejwe na Madamu we, Angeline Ndayubaha, kuri uyu wa Kane bakiriwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda ku biro bye biherereye mu gace ka Entebbe. Perezida Museveni uheruka kurahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu, yari kumwe na Madamu we Janet Museveni nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Uganda. Amafoto […]
Tugomba gutsinda amakipe yose n’igikombe tukagitwara_Gen Muganga
Umuyobozi wa APR FC, Maj Gen Mubarak Muganga, yashimiye abakinnyi n’abatoza ba APR FC ku kuba bakomeje kwitwara neza; abasaba gukomereza mu mujyo wo gutsinda amakipe yose bakegukana igikombe cya shampiyona. Afande Muganga yabahaye ubwo butumwa ku wa Gatatu Tariki ya 12 Gicurasi, ubwo bari basoje imyitozo bitegura umukino wa gatanu wo mu tsinda A […]
Ingabo za UPDF ziritegura kujya muri RDC, iza RDF zishobora kuzisangayo
Ingabo z’igisirikare cya Uganda (UPDF) ziri mu myiteguro yo kwerekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho zizaba zagiye gufatanya n’iza FARDC mu bikorwa byo guhashya imitwe yitwaje intwaro. Ikinyamakuru La libre Afrique cyatangaje ko ku gicamunsi cyo ku Cyumweru gishize ari bwo itsinda ry’inntumwa za UPDF zageze muri Béni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, […]
Akarasisi k’indege z’intambara za UPDF mu byaranze irahira rya Museveni (Amafoto)

Ubwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yarahiriraga manda ya gatandatu kuri uyu wa Gatatu, akarisisi k’indege z’intambara z’igisurikare cya Uganda (UPDF) kari mu byaranze ibyo birori. Ni ibirori byabereye ku kibuga cya Kololo i Kampala, byitabirwa n’ababarirwa mu bihumbi bine. Museveni yarahiriye kuyobora Uganda, nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye muri Mutarama ku […]
EAC: Perezida Kagame ni we mukuru w’igihugu utitabiriye irahira rya Museveni
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ni we wenyine utitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, mu bakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka itanu iri imbere, mu muhango wabereye ku kibuga cya Kololo i Kampala. Ni […]
Nduwantare yabaye umutoza wa gatatu wirukanwe muri shampiyona y’u Rwanda 2021
Ikipe ya AS Muhanga yirukanye Umurundi Nduwantare Ismael wari umutoza wayo mukuru, aba umutoza wa gatatu uvuye muri shampiyona y’u Rwanda nyuma y’iminsi 12 imaze itangira. Uyu mugabo wahoze atoza Ikipe ya Gicumbi FC, yirukanwe azira umusaruro mubi AS Muhanga yagize iri mu biganza bye nk’umutoza wayo. Mu mikino itatu yari amaze kuyitoza, AS Muhanga […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Ofisiye muri RDF bakabakaba 1,000
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari n’ Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera abasirikare bo ku rwego rwa ba ofisiye bakabakaba 1,000, bamwe bahabwa inshingano nshya. Mu bahawe imirimo mishya harimo Brig Gen Joseph Demali wahawe inshingano zo guhagararira igisirikare cy’u Rwanda muri Turkiya. Lt Col Stanislas Gashugi we yazamuwe mu […]
Museveni yarahiriye manda ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi (Amafoto)

Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Gatatu, yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ye ya gatandatu izamugeza ku myaka 40 ku butegetsi. Ni nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 14 Mutarama uyu mwaka, atsinze abo bari bahanganye barimo Bobi Wine ku majwi agera kuri 59%. Umuhango w’irahira rya Museveni kuri […]
Man United yafashije Man City kwegukana igikombe cya shampiyona y’Abongereza
Ikipe ya Manchester City yaraye yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza, nyuma y’uko Manchester United bari bagihanganiye itsinzwe na Leicester City. Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola byari byitezwe ko itwara iki gikombe ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, gusa ntiyabigeraho nyuma yo gutsindwa na Chelsea ibitego 2-1. Cyakora cyo gutsindwa na Chelsea ntacyo byahinduye cyane ku mahirwe […]
CP Kabera yasubije Umukaritasi wamukebuye ku kwambara agapfukamunwa neza
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yasubije uwamukebuye amusaba kwambara agapfukamunwa neza, yemera ko hari ubwo yigeze gukora ikosa ryo kukamanura ariko akaba asigaye akambara neza. Ni nyuma y’ifoto uwiyita ‘Umukaritasi’ yashyize ku rubuga rwa Twitter, yerekana CP Kabera yambaye agapfukamunwa, ariko akambaye nabi (yakamanuye). Ni ifoto iherekejwe n’amagambo agira ati: “Tuributsa Kabera […]
Perezida Kagame yohereje intumwa imuhagararira mu irahira rya Museveni
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, azahagararirwa n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh; mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Kuri uyu wa Gatatu Tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni arahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu yikurikiranya, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo. Ni […]
APR FC na Gorilla FC zageze muri 1/4 cy’irangiza cya shampiyona y’u Rwanda
Imikino ya shampiyona mu tsinda A yabaye kuri uyu wa Kabiri, yasize APR FC na Gorilla FC zigeze muri 1/4 cy’irangiza, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Bugesera na AS muhanga. APR FC yari yakiriye Bugesera kuri Stade ya Huye iyihatsindira ibitego 2-1, nyuma y’umukino ubanza yari yayitsindiyemo i Nyamata ibitego 3-0. Rutahizamu Bizimana Yannick […]
Rayon Sports yahagamwe na Rutsiro, Kiyovu Sports yandagaza Gasogi
Ikipe ya Rutsiro yahagamye Rayon Sports banganya igitego 1-1, mu mukino wa kane wo mu tsinda rya kabiri (B). Rayon Sports yari yakiriye Rutsiro mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro, nyuma y’ubanza yari yayitsinzemo ibitego 2-0 kuri Stade Umuganda. Umukongomani Hértier Luvumbu ni we wafunguriye Rayon Sports amazamu ku munota wa 25 w’umukino, […]
Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda (Amafoto)

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze kugera i Kampala muri Uganda aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ni umuhango uteganyijwe kubera ku kibuga cy’ubwigenge cya Kololo ejo ku wa Gatatu. Perezida Ndayishimiye uri mu bakuru b’ibihugu birindwi bagomba kwitabira irahira rya Museveni, yageze ku kibuga cy’indege cya Entebbe atwawe n’indege ya Uganda […]
Yanga yatunguye umufana wagenze iminsi 18 n’amaguru ajya kureba umukino wayo na Simba (Amafoto)

Ikipe ya Yanga Africans yo mu gihugu cya Tanzania, yakiriye umufana wayo wagenze iminsi 18 n’amaguru agiye kuyishyigikira ikina na Simba, gusa bikarangira umukino utabaye. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yagombaga gukina na mukeba wayo Simba, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona ya Tanzania. Uyu […]
Ndayishimiye arangaje imbere abakuru b’ibihugu bazitabira irahira rya Museveni
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, arangaje imbere abakuru b’ibihugu bategerejwe i Kampala muri Uganda aho bagomba kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Museveni. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni azarahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka ine, mu muhango uzabera ku kibuga cya Kololo. Perezida w’u Burundi ni umwe mu […]
Gen Kazura na CG Dan Munyuza bari muri Tanzania (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CGP Dan Munyuza; bari mu ruzinduko mu gihugu cya Tanzania. Ba Afande Kazura na Munyuza bari muri Tanzania kuva ejo ku Cyumweru, nk’uko byemejwe na Ambasade y’u Rwanda muri kiriya gihugu. Iyi Ambasade yavuze ko uruzinduko rw’aba bayobozi bombi b’inzego […]
Police FC yasubiriye Musanze FC, Etincelles FC yihimura kuri AS Kigali
Ikipe ya Police FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa kane wa shampiyona, nyuma yo gutsinda ikipe ya Musanze FC ibitego 2-1. Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yari yakiriye Musanze FC kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino wa kane wo mu tsinda C. Ni Police yaherukaga gutsinda iyi kipe yo mu majyaruguru y’igihugu igitego 1-0, […]
Kwa Dr Besigye no kwa Bobi Wine hagoswe n’abasirikare (Amafoto)

Inzego zishinzwe umutekano za Uganda kuri uyu wa Mbere zagose ingo za (Rtd) Col Kiiza Besigye na Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, mu gihe habura amasaha make ngo Perezida Yoweri Museveni arahirire manda ye ya gatandatu. Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) Besigye abereye umuyobozi, ryatangaje ko urugo rwe rwazengurutswe n’abasirikare, gusa ntiryagira byinshi […]
Perezida Ndayishimiye yaburiye abaraye bishe abantu i Muramvya
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yaburiye abaraye bagize uruhare mu bwicanyi bwaguyemo abantu umunani i Muramvya, avuga ko uwo bizagaragara ko yabugizemo uruhare agowe. Ku mugoroba w’Ejo ku Cyumweru ni bwo abitwaje intwaro bagabye igitero ku modoka enye zirimo Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Volcano, ku muhanda uva mu mujyi wa Muramvya ugana i […]
Muri Guma mu Rugo ruswa yariyongereye_Ingabire M. Immaculée
Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane Ishami ry’u Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, yatangaje ko mu gihe cya Guma mu Rugo ruswa yiyongereye mu Rwanda kuko serivisi nyinshi zari zifunze. Ingabire yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari kuri Radiyo Rwanda, mu kiganiro cyibanze ku ishusho ya ruswa mu gihugu. Madamu Ingabire yavuze ko impamvu ruswa […]
Iby’uzegukana shampiyona ya Espagne bikomeje kuba agatereranzamba
Imikino itatu isigaye ngo shampiyona ya Espagne irangire, ni yo izagena ikipe igomba kwegukana igikombe hagati y’amakipe ane agihataniye. Ni igikombe kuri ubu kigihataniwe n’amakipe ane, arimo Atlético Madrid ya mbere ifite amanota 77, Real Madrid na FC Barcelona zifite 75 cyo kimwe na Sevilla FC iya kane ifite amanota 71. Ibi bisobanuye ko hagati […]
I N’djamena babyinnye intsinzi bishimira ko igisirikare cyatsinze inyeshyamba
Igisirikare cya Tchad kuri iki Cyumweru, cyatangaje ko cyatsinze inyeshyamba cyari gihanganye na zo mu majyaruguru y’igihugu, nyuma y’imirwano ikaze yari imaze ibyumweru bitatu. Imirwano n’inyeshyamba ziturutse muri Libya, yashyize iki gihugu mu kaga ubwo uwari Perezida Idriss Déby Itno yapfaga ku wa 19 Mata, nyuma yo gukomerekera ku rugamba. Urupfu rwa Marchal Déby rwakurikiwe […]
Kariakoo Derby: Yanga yanze gukina na Simba, umukino urasubikwa
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF), ryimuye umukino wagombaga guhuza ikipe ya Simba Sports Club na Young Africans kubera ko Yanga yanze kuwukina. Simba Sports Club ya Meddie Kagere yagombaga kwakira Yanga Africans ya Haruna Niyonzima na Michael Sarpong, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona ya Tanzania wagombaga kubera kuri Stade ya Benjamin Mkapa […]
Sergio Aguero yakoze benshi ku mutima nyuma yo gusaba imbabazi
Rutahizamu Sergio Aguero yaraye akoze ku mutima abenshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, nyuma yo gusaba imbabazi kubera penaliti yahushije ikipe ye ikina na Chelsea. Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatandatu ikipe ya Man City yari yakiriye Chelsea, mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona y’Abongereza. Gutsinda uyu mukino byari guhita bihesha Manchester City igikombe cya […]
Umugaba Mukuru wa FACA yagendereye u Rwanda (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique (FACA), Maj Gen Zephlin Mamadou, yayoboye itsinda ry’impuguke mu bya gisirikare zo muri Centrafrique mu ruzinduko rw’icyumweru kimwe hano mu Rwanda. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko uru ruzinduko rugamije kuganira ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yasinywe hagati y’u Rwanda na Centrafrique mu mwaka wa 2019. […]
APR FC yahesheje Bugesera umwanya wa nyuma mu tsinda A
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu, yatsinze Bugesera FC ibitego 3-0 iyishyira ku mwanya wa nyuma mu tsinda A zombi ziherereyemo. Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yasuye Bugesera mu mukino wa gatatu wo mu tsinda wabereye kuri Stade ya Bugesera. Manishimwe Djabel ni we wafunguriye APR FC amazamu ku munota wa 16, Omborenga […]
Luvumbu na Blaise bafashije Rayon Sports kurangiza imikino ibanza iyoboye itsinda B
Ikipe ya Rayon Sports ibifashijwemo na Hértier Luvumbu cyo kimwe na Blaise Nishimwe, yarangije imikino ibanza iyoboye itsinda B nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 2-0. Rutsiro yari yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu tsinda B wabereye kuri Stade Umuganda. Hértier Luvumbu utari waragaragaye mu mukino Rayon Sports yatsinzemo Gasogi igitego […]
Bwa mbere Museveni asura u Rwanda yasize anenze umwami Kigeli IV Rwabugiri
Perezida Yoweri Kaguta Museveni ubwo yasuraga u Rwanda ku nshuro ya mbere nka Perezida wa Uganda, yasize anenze umwami Kigali IV Rwabugiri kubera Politiki ye yo gushaka kwigarurira ibihugu uduhugu twose twahanaga imbibi n’u Rwanda. Mu 1987 Museveni amaze hafi umwaka umwe ku butegetsi yahiritseho umunyagitugu Milton Obote, ni bwo yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda. […]
Tour du Rwanda: Restrepo Jhonathan yegukanye agace ka 7 kagufi kurusha utundi
Umunya-Colombia Restrepo Jhonathan ukinira ikipe ya Androni Giocattoli yo mu Butaliyani, ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatandatu. Abasiganwa bahagurukiye ku ishuri “Intwari” i Nyamirambo, berekeza Tapis Rouge, bamanuka mu Nyakabanda, bazamuka kwa Mutwe, basoreza kuri 40. Rwari urugendo rureshya n’intera y’ibilometero 4.5. Buri mukinnyi yasiganwaga ukwe […]
Sweswe ntiyemera ko yakinnye iminota 90 adakora ku mupira
Umunya-Zimbabwe Thomas Langu Sweswe, yamaganye agahigo yitiriwe ko kuba umukinnyi rukumbi w’umupira w’amaguru wakinnye iminota 90 y’umukino adakora ku mupira, avuga ko ari ibinyoma. Sweswe w’imyaka 39 y’amavuko, yakinnye nka myugariro mu makipe atandukanye arimo Kaizer Chiefs na Bidvest Wits yombi yo muri Afurika y’Epfo. Mu mwaka ushize wa 2020 ibinyamakuru bitandukanye bya hano ku […]
Ntimugasubire mu Rwanda_Uganda yihanangiriza abaturage bayo
Ambasade ya Uganda mu Rwanda, yasabye abaturage bayo bahoze mu Rwanda mbere yo kubacyura mu mwaka ushize kwirinda kuhagaruka, mu gihe ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi bitarakemuka. Ni mu butumwa bukubiye mu itangazo Ambasade ya Uganda i Kigali yasohoye ejo ku wa Gatanu. Iyi Ambasade yavuze ko “Abacyuwe banyuze ku butaka mu gihe basohotse mu […]
Perezida Kagame ntari mu bakuru b’ibihugu 11 bemeye kwitabira irahira rya Museveni
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ntagaragara ku rutonde rw’abakuru b’ibihugu bemeye ko bazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda uteganyijwe mu cyumweru gitaha. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi ni bwo Museveni azarahirira kuyobora Uganda muri manda ye ya gatandatu, mu muhango uzabera ku kibuga cyo mu gace ka Kololo. Umunyamabanga […]
Inama ya CHOGM yagombaga kubera i Kigali yongeye gusubikwa
Inama ya 28 ya CHOGM yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza yari iteganyijwe kubera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Kamena, yongeye gusubikwa. Ku ikubitiro iyi nama iba nyuma ya buri myaka ibiri, yagombaga kubera muri Kigali Convention Center ku wa 22–27 Kamena 2020, ariko iza gusubikwa ku mpamvu z’icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse inama […]
Tanzania: Bwa mbere Samia Suluhu yagaragaye mu ruhame yambaye agapfukamunwa
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kuri uyu wa mbere yagaragaye mu ruhame ku nshuro ya mbere yambaye agapfukamunwa ari mu gihugu cye. Ni nyuma y’uko Perezida John Pombe Magufuli yasimbuye atari yarigeze na rimwe agaragara yambaye agapfukamunwa, ndetse akaba yari yarakunze gukerensa icyorezo cya COVID-19 karinda gukwirakwira. Perezida Samia yagaragaye bwa mbere muri Tanzania […]
Etincelles FC yabaye ikipe ya gatatu Tchabalala ababaje
Ikipe ya AS Kigali ibifashijwemo n’Umurundi Shaban Hussein ‘Tchabalala’, yatsinze Etincelles ibitego 2-1 ikomeza kuyobora itsinda C. Abanyamujyi bari bakiriye Etincelles mu mukino wa gatatu wo mu tsinda C wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, ari na wo usoza imikino ibanza yo muri ririya tsinda. Ibitego bibiri byo mu gice cya mbere cy’umukino by’Umurundi Shaban […]
Tour du Rwanda: Eyob Metkel wari wambaye umwambaro w’umuhondo yakoze impanuka
Umunya-Eritrea Eyob Metkel wari wambaye umwambaro w’umuhondo muri Tour du Rwanda, yakoreye impanuka mu gace ka gatandatu k’iri siganwa kakinwe kuri uyu wa Gatanu ahita awutakaza. Ni agace katwawe n’Umufaransa Pierre Rolland ukinira B&B Hotels Pro KTM y’iwabo. Kuri uyu wa Gatanu abasiganwa bahagurikiye kuri Convention Centre basoreza muri Mont Kigali ariko banyuze mu turere […]
Nicolas Sarkozy yamaganye uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Uwahoze ari Perezida w’Ubufaransa, Nicolas Sarkozy, yamaganye uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko ashyigikiye Politiki y’ubucuti hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa yatangijwe na Perezida Emmanuel Macron. Perezida Sarkozy yabigarutseho kuri uyu wa Kane, mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Le Point. Muri iki kiganiro Nicolas Sarkozy yamaganye ibitekerezo bya Hubert Védrine wahoze ari […]
Unai Emery yabujije Arsenal kugera ku mukino wa nyuma wa Europa league
Ikipe ya Arsenal yaraye inaniwe kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa league, nyuma yo kunanirwa gutsinda Villarreal yo muri Espagne. Arsenal yasabwaga gutsinda byibura igitego 1-0 ngo isezerere iriya kipe y’umutoza Unai Emery wahoze ayitoza, nyuma y’uko yari yatsinzwe ibitego 2-1 mu cyumweru gishize. Arsenal mu ijoro ryakeye yagerageje ibishoboka byose ngo ibone […]
Uganda: Bobi Wine yandagaje Museveni amushinja kwirarira
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yandagaje Perezida Yoweri Museveni watangaje ko yagiranye inama n’abarwanashyaka b’ishyaka rye rya NUP. Perezida Museveni abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter kuri uyu wa Gatatu, yatangaje ko yagiranye inama n’abahuzabikorwa b’ishyaka NUP Bobi Wine yari ahagarariye mu matora y’umukuru w’igihugu, bamugezaho ibibazo […]
Umunyamakuru Cassien Ntamuhanga yakatiwe imyaka 25 y’igifungo
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien, yakatiwe imyaka 25 y’igifungo nyuma yo guhamywa ibyaha by’iterabwoba n’Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka. Ntamuhanga wahoze akorera Radio Amazing Grace itakivugira ku butaka bw’u Rwanda, yakatiwe kiriya gifungo adahari kuko muri 2018 yatorotse gereza ya Mpanga yo mu karere ka Nyanza yari afungiyemo. Ntamuhanga Cassien, Phocas Ndayizera wahoze […]
Murumuna wa Joseph Kabila yirukanwe ku mwanya wa Guverineri wa Tanganyika
Abadepite bahagarariye intara ya Tanganyika yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane birukanye ku mirimo Zoe Kabila Mwanzambala wari Guverineri wayo. Uyu Kabila asanzwe ari murumuna wa Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umwanzuro wo kumwirukana we na Guverinoma ye washyigikiwe n’abadepite 13 muri 25 […]
Uko umunsi wa 2 wa shampiyona wasize aba-Rayon mu gahinda wagenze
Umunsi wa Kabiri wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wasojwe ejo ku wa Gatatu, wasize amakipe ya APR FC na AS Kigali amwenyura, mu gihe Rayon Sports yababajwe na mukeba wayo Kiyovu Sports. Kuva ku itariki ya 01 Gicurasi iyi shampiyona iri gukinwa mu buryo bw’amatsinda, mu rwego rwo kugira ngo izarangirire ku gihe. […]
Eden Hazard yibasiwe kubera imyitwarire yagaragaje nyuma yo gutsindwa na Chelsea
Umubiligi Eden Hazard yibasiwe n’abafana biganjemo aba Real Madrid akinira, kubera imyitwarire yagaragaje nyuma y’umukino wa UEFA Champions league ikipe ye yatsinzwemo na Chelsea. Real Madrid yari yasuye Chelsea i Stamford Bridge, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cya Champions league yatsinzwemo ibitego 2-0. Ni ibitego Chelsea yatsindiwe na Timo Werner cyo kimwe na […]
Chelsea itsinze Real Madrid, isanga Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA CL
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza isanze Manchester City ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo gusezerera Real Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Iyi kipe y’umutoza Thomas Tüchel yari yakiriye Real Madrid ya Zinedine Zidane mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza wabereye i Stamford Bridge, iyihatsindira ibitego 2-0. […]
Kiyovu Sports yababaje abafana ba Rayon Sports
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinze Rayon Sports ibitego 3-2, mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya kabiri wabereye kuri Stade Amahoro i Remera. Wari umukino w’ishiraniro iyi kipe yo ku Mumena yari yakiriyemo Rayon Sports, nyuma y’uko yaherukaga gutsindwa na Rutsiro ibitego 2-1 mu mukino wari wabereye i Rubavu. Rayon Sports ni yo yabanje […]