APR FC yatsindiye AS Muhanga iwayo, ikomeza kuyobora itsinda
Ikipe ya APR FC yegukanye amanota atatu y’umunsi wa kabiri wa shampiyona, nyuma yo kujya gutsindira AS Muhanga iwayo ibitego 3-1. Ni Muhanga yakinaga umukino wa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka, dore ko iyi kipe itabashije gukina umukino wagombaga kuyihuza na Bugesera kuko yari ifite abakinnyi 12 banduye icyorezo cya COVID-19. Umukino iyi kipe yari […]
Perezida Kagame ayoboye inama y’Abaminisitiri (Amafoto)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, muri aya masaha ayoboye inama y’Abaminisitiri iri kubera muri Village Urugwiro. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byemeje ko iyi nama iri kuba, gusa ntibyatangaza ingingo iri kuganirwaho. Cyakora cyo bijyanye n’uko u Rwanda rucyugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, byitezwe ko iyi nama yibanda ku mabwiriza yo gukomeza kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo. Inama […]
Tour du Rwanda: Umufaransa yegukanye agace ka kane, Umunyarwanda aba uwa 3
Umufaransa Ferron Valentin ukinira ikipe ya Total Direct Energie y’iwabo, ni we wegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kakinwe kuri uyu wa Gatatu. Abasiganwa bavaga ku Kimironko mu mujyi wa Kigali berekeza i Musanze mu majyaruguru y’u Rwanda, ku ntera ya Kilometero 123.9. Ferron yegukanye aka gace akoresheje amasaha atatu, iminota 13 n’amasegonda […]
37 bateye i Musanze bakica abantu bagejejwe mu butabera
Urubanza rw’abantu 37 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba byakorewe mu karere ka Musanze mu 2019, rwatangiye kuburanishwa n’Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwa Nyarugunga. Abakegwa ni abarwanyi b’imitwe ya RUD-Urunana na P5 ifite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bakurikiranweho kugira uruhare mu bitero bagabye ku baturage bo mu murenge wa […]
Bwa mbere mu mateka Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa Champions league
Ikipe ya Manchester City yo mu gihugu cy’Ubwongereza, yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league ku nshuro yayo ya mbere, nyuma yo gusezerera PSG yo mu Bufaransa ku giteranyo cy’ibitego 4-1. Ni ibitego birimo bitatu by’Umunya-Argeria Riyad Mahrez wafashije ikipe ye gutsinda PSG ibitego 2-0, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza wabereye […]
Burundi: Minisitiri Ndabaneze yazize indege ya Leta yagurishije
Immaculée Ndabaneze wari Minisitiri muri Guverinoma y’u Burundi ushinzwe Ubucuruzi, Ubwikorezi, Ubukerarugendo n’inganda, yazize indege ya Leta y’u Burundi aheruka kugurisha. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yirukanye uriya muminisitiri, kubera “ibikorwa bye byashoboraga guhungabanya ubukungu bw’igihugu no kwanduza isura y’u Burundi.” Icyo gihe Guverinoma y’u […]
José Mourinho yabonye akazi gashya
Umunya-Portugal José Mourinho waherukaga kwirukanwa mu kipe ya Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza, yamaze kugirwa umutoza wa AS Roma yo mu Butaliyani. Mourinho yasinye muri Roma amasezerano yo kuyitoza kugeza muri Kamena 2024, nk’uko bimaze gutangazwa n’iriya kipe ibinyujije kuri Twitter yayo. Iti: “Ikipe ishimishijwe no gutangaza ku mugaragaro ko yageze ku bwumvikane na José […]
Munyaneza Didier ‘Mbappé’ na we yikuye muri Tour du Rwanda 2021
Munyaneza Didie bita Mbappé uri mu Banyarwanda basiganwaga muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka, na we amaze kwikura mu isiganwa nyuma yo kugira ikibazo cyitaramenyekana. Uyu musore wakiniraga ikipe ya Benediction Ignite Club, yaviriye mu isiganwa mu gasantere k’ahitwa Rugobagoba mu karere ka Kamonyi. Ni ku ntera y’ibirometero 70 uvuye mu mujyi wa Nyanza aho […]
Stade Régional yemerewe kwakira imikino y’amajonjora y’Igikombe cy’Isi
Stade Regional y’i Nyamirambo, iri mu mastade Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahaye uburenganzira bwo kwakira imikino y’amajonjora y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar. Mu kwezi gushize ni bwo CAF yari yamenyesheje FERWAFA ko hari ibikwiye gukosorwa kuri Stade ya Kigali bitarenze muri Mata, bitaba ibyo na yo ntiyemererwe kwakira imikino mpuzamahanga nk’uko […]
Bill Gates yatandukanye n’umugore we nyuma y’imyaka 27 babana
Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates n’uwari umugore we Melinda Gates, batangaje ko bamaze gutandukana nyuma y’imyaka 27 bari bamaze babana nk’umugabo n’umugore. Bombi batangaje ko bamaze gutandukana nyuma yo gusanga batacyizera ko bakomeza gukura nk’abakundana. Kuri Twitter bavuze ko “Nyuma yo kubitekerezaho cyane no gukora byinshi ku mubano wacu, twafashe icyemezo cyo guhagarika ishyingiranwa ryacu.” Bill […]
Impamvu yonyine ntakina ni uko nanze gukoresha amarozi_Babuwa Samson
Rutahizamu wa Kiyovu Sports, Babuwa Samson, avuga ko impamvu yonyine adahabwa umwanya wo gukina muri iyi kipe ari uko yanze umugambi wa bamwe mu bayigize wo gukoresha amarozi. Uyu rutahizamu ufite inkomoko mu gihugu cya Nigeria yahamirije BWIZA aya makuru mu kiganiro cyihariye twagiranye kuri uyu wa Mbere. Amakuru y’uko hari bamwe mu batoza ba […]
Karekezi Olivier yashinje Perezida wa Kiyovu Sports kumwivangira mu kazi
Umutoza Karekezi Olivier uheruka kwirukanwa mu kipe ya Kiyovu Sports, yatangaje ko kuba ubuyobozi bw’iyi kipe bwivangaga mu kazi ke biri mu byatumye atandukana na yo. Kiyovu Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ku mugoroba w’ejo yasohoye itangazo rivuga ko yasheshe amasezerano yari ifitanye na Karekezi, nyuma yo kumushinja kurenga ku mabwiriza ngengamyitwarire. Iyi kipe […]
Areruya Joseph yikuye muri Tour du Rwanda 2021
Areruya Joseph ‘Kimasa’ watwaye Tour du Rwanda ya 2017, yamaze kwikura mu isiganwa ry’uyu mwaka nyuma yo kugira ikibazo. Areruya Joseph yagiriye ikibazo mu gace ka kabiri ka Tour du Rwanda kabaye uyu munsi, ubwo abasiganwa bavaga mu mujyi wa Kigali berekeza mu karere ka Huye. Areruya Joseph ntiyigeze arangiza isiganwa kuri uyu wa Mbere. […]
Umufaransa ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda
Umufaransa Alan Boileau ukinira ikipe ya B&B Hotels y’iwabo, ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda ya 2021 kakinwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 03 Gicurasi 2020. Abasiganwa kuri uyu wa Mbere bavaga ku nyubako ya MIC rwagati mu mujyi wa Kigali, berekeza mu mujyi wa Huye ku ntera ya kilometero […]
Shampiyona: Ku munsi wa mbere ibitego byararumbutse, abatoza 2 barirukanwa

Kurumbuka kw’ibitego, gutsinda kw’amakipe makuru hafi ya yose no gufata iya mbere mu kwirukana abatoza biri mu byaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda. Iyi shampiyona yitiriwe ikinyobwa cya ‘Primus’, yatangiye ku wa Gatandatu tariki ya 01 Gicurasi ikinwa mu buryo budasanzwe, ari bwo bw’amatsinda. Ku Cyumweru ku wa 02 Gicurasi […]
Burundi: Perezida Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Ubucuruzi
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa Gatandatu yirukanye ku mirimo Immaculée Ndabaneze wari Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi, Ubucuruzi n’Inganda. Perezidansi y’u Burundi (Ntare Rushatsi) yatangaje ko Minisitiri Ndabaneze yirukanywe kubera ko “ibikorwa bye byashoboraga guhungabanya ubukungu bw’igihugu no kwanduza isura y’u Burundi.” Guverinoma y’u Burundi ntiyasobanuye byimbitse amakosa uriya Muminisitiri yakoze ku buryo yahise […]
Rayon Sports yasinyishije undi rutahizamu w’Umukongomani (Amafoto)

Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu w’Umukongomani witwa ker Mambote Batshi Assis. Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko yakiniraga ikipe ya City of Lusaka FC yo muri Zambia. Rayon Sports yavuze ko yamusinyishije amasezerano azarangirana n’umwaka w’imikino, ibisobanura ko agomba kuyikinira amezi abiri. Uyu musore wifuzwaga n’amakipe atandukanye ya hano mu karere, yaje […]
Iby’uruzinduko Museveni yagiriye i Butare, agashuka Habyarimana ko nta mwanzi wamutera aturutse iwe
Mu 1987 Perezida Yoweri Kaguta Museveni amaze umwaka umwe ahiritse Milton Obote ku butegetsi bwa Uganda, yagiriye uruzinduko rw’amateka i Butare mu majyepfo y’u Rwanda. Icyo gihe Perezida Museveni yari aherekejwe n’abanyacyubahiro batandukanye, barimo uwari Minisitiri wa Uganda ushinzwe Ubutwererane bw’akarere, John Sebaana Kizito na Sam Kalega Njuba wari Minisitiri Ushinzwe Itegeko nshinga. Bakigera i […]
APR FC izahabwa igikombe cya shampiyona ku Cyumweru
Ejo ku Cyumweru ikipe ya APR FC ni bwo izashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019/2020, nyuma yo gucyegukana idatsinzwe umukino n’umwe. Ku wa 22 Gicurasi umwaka ushize ni bwo iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yegukanye igikombe cya shampiyona cya 18 mu mateka yayo, nyuma y’uko FERWAFA yari ifashe umwanzuro wo kurangiza shampiyona imburagihe kubera Coronavirus yari […]
N’akataraza muzakazana ye!_ Rutangarwamaboko yamagana isoko ryo kugurisha abageni ryafunguwe i Kigali
Umupfumu Rutangarwamaboko, yamaganye isoko rigurishirizwaho abageni riheruka gufungurwa mu mujyi wa Kigali, avuga ko rihabanye n’Umuco Nyarwanda. Mu minsi ishize ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko i Remera mu mujyi wa Kigali hashize amezi abiri hafunguwe Sosiyete yitwa ‘Ndangira Umugeni Company Ltd’ ihuza abashaka kurongora n’abashaka kurongorwa, abashimanye bakabana. Umunyamategeko Dusabimana Vedaste wayishinze aheruka kubwira ikinyamakuru […]
Perezida Kagame yavuze kuri ba bageni barajwe muri Stade
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje ku bageni barajwe muri Stade ya Kicukiro mu minsi ishize, avuga ko nta muntu n’umwe ugomba kujya hejuru y’amategeko yitwaje uwo ariwe. Perezida Kagame yabigarutseho ku wa Gatanu, ubwo yari ayoboye inama ya Komite yaguye y’Umuryango FPR-Inkotanyi yabereye i Rusororo mu karere ka Gasabo. Inkuru y’abageni barajwe muri Stade […]
Museveni nanone ku mbarutso y’imbunda (Amafoto)

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yasusurukije abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma y’amafoto ye yashyize ahagaragara ari kurasa. Ku wa Kane tariki ya 29 Mata ni bwo Museveni yakoze umwitozo wo kurasa, mu karere ka Kyankwanzi gaherereye mu birometero 200 uvuye i Kampala. Uyu mwitozo wabereye mu kigo cy’imyitozo cya NALI, wanakozwe n’abadepite batowe bo mu […]
Umwamikazi w’aba-Zulu yatanze nyuma y’ukwezi kumwe yimye ingoma
Ubwami bw’aba-Zulu bo muri Afrika y’Epfo, bwatangaje ko Shiyiwe Mantfombi Dlamini Zulu wari umaze ukwezi kumwe yimitswe yatanze (yapfuye). Umwamikazi Mantfombi wari ufite imyaka 65, yimye ingoma y’ubu bwoko nyamwinshi muri icyo gihugu mu kwezi gushize nyuma y’urupfu rw’umwami Goodwill Zwelithini wari umugabo we. Minisitiri w’intebe w’umwamikazi yavuze ko uru rupfu rwatunguye umuryango kandi “bahombye […]
Arsenal y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Villarreal, Man United iha AS Roma isomo
Imikino ibanza ya 1/2 cy’irangiza cya UEFA Europa league yabaye mu ijoro ryakeye, yasize ikipe ya Arsenal itsinzwe na Villarreal ibitego 2-1, mu gihe Manchester United yanyagiye AS Roma ibitego 6-2. Arsenal yari yasuye Villarreal y’umutoza Unai Emery wahoze ayitoza, birangira itsindiwe muri Espagne ibitego 2-1. Umunota wa gatanu w’umukino wari uhagije ngo Manuel Trigueros […]
Uko umutwe wa FLN wagiye wunguka abarwanyi b’abakobwa
Urubanza rwa Paul Rusesabagina na bagenzi be 20 bareganwa ibyaha byakozwe n’umutwe wa FLN, rwakomeje kuri uyu wa Kane, nyuma y’umunsi umwe hagaragajwe uko abarwanyi b’abakobwa binjijwe muri uriya mutwe. Abareganwa na Rusesabagina barimo Angeline Mukandutiye ari na we mugore rukumbi uri muri ruriya rubanza. Ubwo ruriya rubanza rwakomezaga ku wa Gatatu, umushinjacyaha Dushimimana Claudine […]
Umusaza warwanye Intambara ya Kabiri y’Isi yashimiye Perezida Kagame wamukenuye
Umusaza witwa Nyagashotsi Epimaque uri mu Banyarwanda mbarwa barwanye Intambara ya Kabiri y’Isi, yashimiye Perezida Paul Kagame nyuma yo kubakirwa inzu igezweho ndetse akanahabwa inka ihaka. Muri Gashyantare ni bwo uyu mukambwe w’imyaka 101 y’amavuko yagaragaye yinubira ubuzima abayemo, avuga ko butabereye umusirikare warwanye Intambara ya Kabiri y’Isi. Ku wa Gatatu tariki ya 28 Mata […]
Burundi: Barasaba ko ubwicanyi bwo mu 1972 bwakwemezwa nka ‘Jenoside yakorewe Abahutu’
Abarokotse ubwicanyi bwibasiye igihugu cy’u Burundi mu 1972, barasaba ko bwakwemezwa nka ‘Jenoside yakorewe Abahutu’. Kuva u Burundi bwabona ubwigenge mu 1962 bwagiye burangwa n’ubwicanyi bushingiye ku moko, gusa ubwamenyekanye cyane ni ubwo mu 1972 bivugwa ko bwibasiye cyane abo mu Bwoko bw’Abahutu. Nta mubare wa nyawo w’abaguye muri buriya bwicanyi uzwi, gusa bivugwa ko […]
Manchester City yasanze PSG iwayo, iyihatsindira iturutse inyuma
Ikipe ya Manchester City yateye ikirenge kimwe ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions league, nyuma yo kujya gutsindira PSG mu Bufaransa ibitego 2-1. Aya makipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza wabereye ku kibuga cya Stade ya Parc des Princes. Iminota 45 y’igice cya mbere cy’umukino yarangiye PSG iri imbere n’igitego […]
APR FC yanyagiye Mukura VS ya kabiri mu mukino wa gicuti
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yanyagiye Mukura Victory Sports ibitego 4-0 mu mukino wa gicuti wabereye i Shyorongi mu karere ka Rulindo. Ni umukino amakipe yombi yari yahuriyemo yitegura shampiyona y’ikiciro cya mbere ibura iminsi ibiri igatangira. Mukura VS y’umutoza Zapata yari yazanye ikipe ya kabiri, binyanye n’uko ikipe ya mbere izakina […]
Umugabo yatemewe ku rubibi rw’u Rwanda n’u Burundi
Umugabo witwa Nkundabashaka Fidele utuye mu Murenge wa Busanze w’Akarere ka Nyaruguru, kuri uyu wa 27 Mata 2021 yatemwe n’Abarundi ubwo bamusangaga ku rubibi rw’igihugu cyabo n’u Rwanda hafi y’Umurenge wa Ruheru, bikavugwa ko yari agiye gutemayo imigano. Ifoto yafashwe Nkundabashaka igaragaza ari kwitabwaho n’umuganga mu bitaro bya Munini, ikirenge cye cy’ibumoso cyatemeshejwe umuhoro, gisa […]
Kirehe: Polisi yarashe imfungwa eshanu
Polisi y’igihugu ikorera mu Murenge wa Nyarubuye mu ho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda, yarashe imfungwa eshanu zari zageragezaga gutoroka gereza. Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mata 2021. Amakuru avuga ko izi mfungwa uko ari eshanu zagerageje gutoroka ubwo zari zigiye gukaraba, abapolisi bari babarinze bahita […]
CAN: Gabon ishobora kwamburwa itike igahabwa RDC kubera amahano yakoze
Ikipe y’igihugu ya Gabon, Les Panthères, ishobora kwamburwa itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Caméroun yabonye igahabwa RDC, nyuma yo gukinisha umukinnyi ufite imyirondoro ibiri itandukanye. RDC na Gabon zombi zombi zari zari zihuriye mu tsinda D mu ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika giteganyijwe kubera muri Camé Gabon ya Pierre-Emerick Aubameyang yarangije imikino […]
Umunyamakuru Mecky yasohoye indirimbo yise ‘Garuka’ yuje impanuro ku bakundana
Umunyamakuru Kayiranga Melchiore uzwi nka ‘Mecky’, yasohoye indirimbo yise ‘Garuka’ yuje impanuro ku bakundana yasubukuriyeho umuziki yari amaze imyaka itatu yarahagaritse. Indirimbo ‘Garuka’ nshya ya Mecky yakozwe na Producer Aaron Tunga mu buryo bw’amajwi, mu gihe hagitegerejwe amashusho yayo agomba kujya hanze mu kwezi gutaha kwa Gicurasi. Ni ndirimbo Mecky yanditse muri 2013, ayijyana muri […]
Rwabuze gica hagati ya Real Madrid na Chelsea
Ikipe ya Real Madrid na Chelsea zaguye miswi igitego 1-1, mu mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions league wabaye mu ijoro ryakeye. Madrid ni yo yari yarikiriye Chelsea ku kibuga cya Estadio Alfredo Distefano, mbere y’uko uwo kwishyura ubera i Stamford Bridge mu cyumweru gitaha. Chelsea yatangiye uyu mukino yataka cyane Real Madrid, […]
SKOL n’ikipe yayo ya SACA batandukanye na Tour du Rwanda 2021
Uruganda rwa SKOL Brewery Limited rwari rutera inkunga Isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda, ntiruzagaragara mu isiganwa ry’uyu mwaka nyuma yo kunanirwa kumvikana na Ferwacy ku bijyanye n’amafaranga. Mu busanzwe buri mwaka uru ruganda rwenga ibinyobwa bisembuye rwateraga Tour du Rwanda inkunga y’angana na Frw 84,500,000. Bijyanye n’ingaruka icyorezo cya Coronavirus cyateje mu ngeri zitandukanye […]
RDC: Guverinoma ntizongera kwinjiza inyeshyamba mu gisirikare no muri Polisi
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kutazongera kwemera ko abahoze ari inyeshyamba binjira mu gisirikare cyangwa muri Polisi byayo. Ni ibikubiye muri gahunda Guverinoma nshya ya Congo Kinshasa iheruka gushyikiriza Inteko Ishinga amategeko ya kiriya gihugu binyuze muri Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde. Minisitiri Lukonde yagaragarije inteko ingamba Guverinoma ye […]
Rema Namakula mu munyenga w’urukundo na Ssebunya yahoze asaba Imana (Amafoto)

Umuhanzi Rehemah Namakula ukomoka mu gihugu cya Uganda, akomeje kuryoherwa n’urukundo rukomeje kugurumana hagati ye n’umukunzi we Hamza Ssebunya avuga ko yari amaze igihe kinini asaba Imana. Rema Namakula uretse kuba asanzwe ari umunyamuziki, yavuzwe cyane mu rukundo n’umuhanzi Eddie Kenzo basanzwe bafitanye umwana w’umukobwa, mbere yo gushyira akadomo ku rukundo rwabo muri Kanama 2019. […]
Agashya! Ba Ofisiye muri RDF bagaragaye bambaye amajipo (Amafoto)

Kuri uyu wa Mbere ubwo i Gako mu karere ka Bugesera haberaga umuhango wo kwinjiza mu gisirikare cy’u Rwanda ba Ofisiye bato baheruka gusoza amasomo, abakobwa babarimo bagaragaye bambaye amajipo. Ni umuhango wayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame usanzwe ari n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Mu basirikare 721 bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant, harimo abakobwa […]
Uwashaka guhungabanya umutekano wacu byamuhenda_Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yongeye gushimangira ko uzashaka guhungabanya umutekano n’ubusugire by’Abanyarwanda bizamuhenda ndetse bikanamusaba ikiguzi kinini, bijyanye n’ubushobozi ingabo z’u Rwanda zimaze kubaka. Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu Bugesera aho yayoboye umuhango wo kwinjiza mu ngabo z’u Rwanda ba Ofisiye bato […]
Perezida Kagame yinjije muri RDF ba Ofisiye bashya barenga 700
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere yayoboye umuhango wo kwinjiza mu gisirikare cy’u Abosiye 721 bari bamaze igihe bahabwa amasomo abategurira kucyinjiramo. Ni umuhango wabereye mu ishuri rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. 721 bahawe ipeti rya Sous-Lieutenant nyuma yo kwinjira muri RDF, […]
Biravugwa ko Gen Cyrille Ndayirukiye yaba yarazize amarozi ya Leta y’u Burundi
Général Major Cyrille Ndayirukiye uheruka kwitaba Imana, biravugwa ko yazize amarozi yahawe na Leta y’Igihugu cye cy’u Burundi. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rutunguranye rw’uyu wahoze ari Minisitiri w’Umutekano mu Burundi. Gen Ndayirukiye yaguye muri gereza ya Gitega yari amaze imyaka itanu afungiyemo, nyuma yo gukatirwa igifungo cya burundu muri […]
FERWAFA yacanweho umuriro nyuma yo guhagarika umukino wa Rayon Sports na Police
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru hano mu Rwanda, FERWAFA, ryokejwe igitutu n’abakunzi b’umupira w’amaguru nyuma yo guhagarika umukino wa Rayon Sports na Police FC wamaze gutangira. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Rayon Sports yari yakiriye Police FC kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yiteguragamo shampiyona igomba gutangira ku wa 01 […]
KNC yavuze ko Gasogi nidatsinda Rayon Sports ibitego 4 azegura, akayisigira Mutabaruka
Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yatangaje ko Rayon Sports ari yo kipe Gasogi igomba gukuraho amanota atandatu muri shampiyona, itayitsinda ibitego bine akayisezeramo igasigarana Angeli Mutabaruka. Rayon Sports na Gasogi United zombi ziri mu tsinda rya gatatu zihuriyemo n’amakipe ya Kiyovu Sports na Rutsiro FC. Ni itsinda abenshi bafata nk’iry’urupfu kubera buryo […]
Gen Cyrille Ndayirukiye uri mu bashatse gukorera Pierre Nkurunziza ‘Coup d’Etat’ yapfuye
Général Major Cyrille Ndayirukiye uri mu basirikare bakuru bashatse guhirika ku butegetsi Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida w’u Burundi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize urupfu rutunguranye. Gen Ndayirukiye yahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi. Muri Gicurasi 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yari i Arusha muri Tanzania aho yari yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango […]
Rayon Sports irasinyisha undi mukinnyi wifuzwaga na Wydad Casablanca na TP Mazembe
Nyuma yo gusinyisha Kevin Muhire n’Umukongomani, Hértier Luvumbu, byitezwe ko ikipe ya Rayon Sports isinyisha umunya-Gabon Junior Bayanho-Aubyang. Uyu rutahizamu w’ikipe ya Bouenguidi Sport y’iwabo, yifuzwaga n’amwe mu makipe akomeye hano ku mugabane wa Afurika. Mu cyumweru gishize ikinyamakuru Gabo News cyatangaje ko Junior Bayanho-Aubyang yifuzwaga n’ikipe ya Wydad Casablanca yo muri Maroc ndetse binemezwa […]
Kevin Muhire yagarutse muri Rayon Sports (Amafoto)

Umunyarwanda Muhire Kevin wakinaga mu gihugu cya Misiri, yamaze kugaruka mu kipe ya Rayon Sports. Uyu musore usanzwe akinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yari asanzwe akinira ikipe ya Misr Lel Makkasa Sporting Club yo mu gihugu cya Misiri. Rayon Sports kuri Twitter yayo yemeje ko uyu musore yayigarutsemo, nyuma yo kwifuzwa cyane n’umutoza Guy Bukasa. Yagize […]
Ubwoko, intara n’ibitsina mubyibagirwe_Ndayishimiye abwira abinjiye muri ISCAM
Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye, yasabye abanyeshuri binjiye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Institut Supérieur des Cadres Militaires (ISCAM) kugendera kure ibyerekeye amoko yabo, igitsina ndetse n’aho bakomoka, kuko nta mwanya bigifite mu Burundi. Ku wa Gatanu tariki ya 23 Mata ni bwo Perezida Ndayishimiye yinjije mu ngabo z’u Burundi Abofisiye bashya basoje amasomo […]
Kroenke hanze! Abafana ba Arsenal mu myigaragambyo ikomeye (Amafoto)

Abafana ba Arsenal yo mu Bwongereza baraye bakoze imyigaragambyo ikomeye, bamagana Stan Kroenke usanzwe ari nyirayo, ndetse no kuba yaragaragaye mu mushiga w’irushanwa rya UEFA Super league uheruka gupfuba. Ni imyigaragambyo yabereye hanze ya Stade ya Emirates iriya kipe isanzwe ikiniraho, mbere gato y’umukino wa Shampiyona y’Abongereza yahatsindiwe na Everton igitego 1-0. Iyigaragambyo yatangiye mbere […]
Yanga Africans yaciwe agera kuri Frw 20,000,000 izira kwambura rutahizamu w’Umurundi
Ikipe ya Yanga Africans yo muri Tanzania, yaciwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) angana na $20,000 (Frw 19,700,000) izira kwambura Umurundi Tambwe Amissi. Uyu rutahizamu kuri ubu ukinira ikipe ya Police yo muri Djibouti, yakiniye Yanga Africans hagati ya 2014 na 2019, mbere yo gutandukana na yo akerekeza muri Fanja Sports Club yo muri […]
Perezida Ndayishimiye yinjije Abofisiye bashya mu gisirikare cy’u Burundi (Amafoto)

Perezida w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za kiriya gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye, kuri uyu wa Gatanu yinjije mu gisirikare Abofisiye bashya barangije amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare, Institut Supérieur des Cadres Militaires (ISCAM). Ni umuhango wahuriranye no gutangiza umwaka wa ririya shuri wa 2020/2021 wayobowe na Perezida Ndayishimiye. Perezida Ndayishimiye kandi yahaye impamyabushobozi […]
Polisi yihanangirije abakoresha application zitahura Camera z’umuvuduko
Polisi y’u Rwanda yihanangirije abakoresha kuri terefoni zabo application zibafasha gutahura aho yashyize Camera zayo zo ku muhanda zicunga umuvuduko, ishimangira ko bitemewe. Mu mwaka wa 2019 ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira Camera ku mihanda itandukanye yo hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kugabanya impanuka zo mu muhanda ahanini ziterwa n’umuvuduko […]
Nyaruguru: Igihirahiro ku babyeyi b’abana birukanywe muri ‘Compassion’
Ababyeyi b’abana 46 babarizwa mu cyiciro cya 1 n’icya 2 cy’ubudehe bo mu mirenge ya Kibeho, Mata na Rusenge mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko abana babo birukanywe mu mushinga RW188 uterwa inkunga na Compassion International, Paruwasi Metodisiti (Methodiste) Libre ya Muhora, mu murenge wa Kibeho, mu buryo bavuga ko burimo uburiganya. Ikibazo cyabo bakigejeje […]
Messi yanditse amateka mashya, ashimirwa ibyo yakoreye Griezmann
Lionel Messi yaraye afashije FC Barcelona akinira kunyagira Getafe ibitego 5-2, yandika amateka yo kuba umukinnyi wa mbere mu mateka ya shampiyona ya Espagne utsinze kuva ku bitego 25 kuzamura mu myaka 12 yikurikuranya. Nyuma yo gutwara igikombe cya Copa del Rey mu cyumweru gishize banyagiye Athletic Bilbao ibitego 4-0, Messi na bagenzi be bari […]
Gicuti: APR FC yatsinze Rutsiro, Police FC inyagira Kiyovu Sports
Imikino ya gicuti yakinwe kuri uyu wa Kane, yasize ikipe ya APR FC itsinze Rutsiro FC igitego 1-0, mu gihe ikipe ya Police FC yanyagiye Kiyovu Sports ibitego 4-2. Ni imikino amakipe akomeje gukina mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’ikiciro cya mbere izasubukurwa ku wa 01 Gicurasi. APR FC yari yakiriye Rutsiro FC kuri Stade […]
FPR-Inkotanyi yasinyanye amasezerano n’ishyaka rya Vladimir Putin
Kuri uyu wa Kane Ubuyobozi bw’ishyaka rya FPR-Inkotanyi riri ku butegetsi hano mu Rwanda, bwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ubw’ishyaka United Russia riri ku butegetsi mu gihugu cy’Uburusiya. Ni amasezerano yasinywe ku ruhande rwa FPR-Inkotanyi na François Ngarambe usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wayo, mu gihe ku ruhande rwa ririya shyaka rya Perezida Vladimir Putin amasezerano yasinywe na […]
Polisi y’Igihugu yasubije abamaze igihe binubira Camera zo ku muhanda
Polisi y’Igihugu yavuze kuri Camera zo ku muhanda zimaze igihe zinubirwa n’abatari bake, ishimangira ko ziri mu bikoresho byayo byunganira abapolisi bo ku muhanda mu kazi kabo ka buri munsi. Abenshi mu Banyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga bamaze igihe binubira ziriya Camera, nyuma yo gushyirwa ku mihanda yo hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo […]
EAC: U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere mu kubahiriza amategeko, Uganda iba iya nyuma
U Rwanda ruza ku mwanya wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’uwa kabiri muri Afurika mu gutanga ubutabera ndetse no gushyira mu bikorwa iyubahiriza ry’amategeko, nk’uko bigaragara muri raporo iheruka kujya ahagaragara. Ni ibikubiye muri Raporo yitwa “The World Justice Project Rule of Law Index” yerekana uko ibihugu byahize ibindi mu kubahiriza amategeko mu mwaka […]
Uruhuri rw’ibibazo muri Uganda yitegura guhatanira n’Amavubi itike y’Igikombe cy’Isi
Mu gihe habura ukwezi kumwe ngo hatangire imikino y’ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar mu mwaka utaha wa 2022, ikipe y’igihugu ya Uganda ikomeje kuvugwamo uruhuri rw’ibibazo. Imisambi ya Uganda iri mu tsinda rimwe n’Amavubi y’u Rwanda, Harambee Stars ya Kenya na Les Aigles du Mali ya Mali. Nta gihindutse […]
Perezida Kagame yavuze ibyo azahora yibukira kuri Marshal Idriss Déby
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yihanganishije abaturage b’igihugu cya Tchad ndetse n’umuryango wa Marshal Idriss Déby Itno wari Perezida wacyo, ashimangira ko azahora yibukirwa ku musanzu we mu kurwanya iterabwoba n’ubwihebe. Ni ibikubiye mu butumwa Umukuru w’Igihugu yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter kuri uyu wa Gatatu. Idriss Déby wari umaze imyaka 30 ari Perezida […]
Tchad: Inyeshyamba zarahiriye gufata Ndjamena nyuma yo kurasa Idriss Déby
Inyeshyamba zimaze igihe zigaba ibitero kuri Tchad ziturutse muri Libya, zatangaje ko zifite gahunda yo gukomeza urugendo zikagera mu murwa mukuru Ndjamena, nyuma yo kurasa Perezida Idriss Déby Itno. Byatangajwe na Kingabe Ogouzeimi de Tapol, Umuvugizi w’Inyeshyamba zo mu mutwe wa Front pour l’alternance et la concorde au Tchad (FACT) umaze igihe uhanganye n’ingabo za […]