Col Rwivanga yahumurije abafite impungenge z’ibitero by’iterabwoba ku Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda cyamaze impungenge abakeka ko intagondwa zigendera ku matwara akaze ya kisilamu zo muri Mozambique zishobora kwihorera kubera ibyo Ingabo z’u Rwanda ziri kuzikorera. U Rwanda rwatangiye kohereza ingabo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nyakanga gufasha ingabo z’iki gihugu kurwanya intagondwa zikomeje guhungabanya umutekano muri iki […]

RDC: Kabila uhembwa asaga miliyoni 680 frw buri kwezi arishyuza ibirarane by’amezi 6

Minisitiri w’imari wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Nicolas Kazadi, umaze amezi 3 muri guverinoma, avuga ko yishyuye nibura inshuro imwe umushahara w’uwahoze ari umukuru w’igihugu Joseph Kabila. Nicolas Kazadi, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ejo i Kinshasa, ko nawe yatangajwe no kuba uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Joseph Kabila, amaze amezi 6 adahembwa. Ati: “Ariko […]

Equateur yisubiye ku bwenegihugu yahaye Assange wamennye amabanga ya Amerika

Igihugu cya Equateur (Ecuador) cyambuye ubwenegihugu cyari cyamuhaye, umunyamakuru Julian Assange, washinze urubuga rwa Wikileaks kuri ubu ufungiye muri Gereza yo mu Bwongereza. Ubutabera bwa Equateur bwamenyesheje uyu Munya-Australia ko yambuwe ubwenegihugu yari yarahawe mu ibaruwa yatanzwe nk’igisubizo ku busabe bwari bwatanzwe na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu cyo muri Amerika y’Amajyepfo. Ubwenegihugu bushobora kwamburwa […]

Gerald Mbanda yasabye Amerika kureka guha amasomo ibindi bihugu izi amateka mabi ibitse

Umushakashatsi n’umwanditsi w’Umunyarwanda yahamagariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kureka kwivanga no guhatira indangagaciro zazo ibindi bihugu, birimo n’u Bushinwa nyamara zizi amateka mabi zibitse mu bikari byazo arimo ubwicanyi butandukanye bwagiye bukorwa na CIA ku Isi no muri Afurika zica abannyapolitiki zashinjaga kuba badahuje ingengabitekerezo. Gerald Mbanda, mu nyandiko ye yasohoye ku rubuga rw’amakuru […]

Covid-19 iri kuvuza ubuhuha mu mpunzi muri Uganda

Icyorezo cya Covid-19 kirimo kuvuza ubuhuha mu nkambi z’impunzi n’ahandi zicumbitse muri Uganda aho HCR yemeza ko impunzi zisaga 2500 zimaze kwandura kongera n’abakozi b’imiryango yita kuri izo mpunzi. Iyi mibare y’impunzi 2,500 y’impunzi zzimaze kwandura Covid-19 yavuye mu bipimo 29,000 by’abapimwe kuva icyorezo cyatangira kugaragara muri Uganda. Abagera ku 1892 ni bo bakize mu […]

Indege 10 za mbere, iza gisivili n’iza gisirikare, zihenze ku Isi

boeing_747_air_force_one.jpg

Inzira yoroshye yo gutembera vuba cyangwa kugera kure mu buryo bworoshye muri iki gihe ni indege. Hari indege zitwara abagenzi, iz’abantu ku giti cyabo ndetse n’iza gisirikare, ariko izo ndege na zo zigiye zirutanwa mu biciro nk’uko tugiye kubibona ku rutonde dukesha Wonderslist. Dore uko zirutana mu biciro 1. Boeing 747 Air Force One ($4 […]

Imiti ya Hepatite yavuye ku 1,200$ igera kuri 60$ mu mezi atatu

Uyu munsi, tariki ya 28 Nyakanga 2021, U Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya hepatite. Indwara ya hepatite iracyari ikibazo ku isi kuko buri mwaka ihitana abantu bagera kuri 1,100,000, ikaba yica umuntu umwe buri masegonda 30. N’ubwo isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, Hepatite nayo ikomeje kuba ikibazo gikomeye ari […]

Kinshasa: Umupolisi yarashe umukuriye ubwo bagenzuraga abambaye udupfukamunwa

Kuri uyu wa Gatatu muri karere ka Bandalungwa, mu Mujyi wa Kinshasa umupolisi yibeshye arasa umukuriye ubwo bari mu bugenzuzi bwo kureba abantu batambaye udupfukamunwa. Amakuru agera ku rubuga rwa ACTUALITE.CD aravuga ko uyu mupolisi warashwe mu mutwe yahise yihutanwa kwa muganga nk’uko byemejwe n’uwungirije umuyobozi w’igipolisi cya Congo (PNC) akaba na komanda w’igipolisi muri […]

Abanduye Covid-19 barwariye mu ngo bagiye kujya bakurikiranwa by’umwihariko

Leta y’u Rwanda iratangaza ko igiye gukurikirana by’umwihariko abarwayi ba Covid-19 barwariye mu rugo bagiye gukurikiranwa by’umwihariko mu rwego rwo guca intege abasanganwa iyo ndwara bakanga kwishyira mu kato nk’uko byatangajwe na Leta y’u Rwanda. Mu kiganiro cyihariye yahaye Ijwi rya Amerika kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yavuze ko […]

Abaganga n’abaforomo bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Butare

Iyi nyandiko dukesha CNLG yo muri Gicurasi umwaka ushize, irerekana uruhare rukomeye rw’abo bantu mu bwicanyi bwabereye mu Mujyi wa Butare, ikagaragaza ko abaganga makumyabiri na batanu (25), abanyeshuri batatu (03) bigiraga ubuganga muri Kaminuza y’u Rwanda, abaforomo n’abakozi mirongo itatu n’umwe (31) bahamijwe ubwicanyi. URUHARE RW’ABAGANGA MURI JENOSIDE MU MUJYI WA BUTARE 1) Dr […]

Ituri: Abasirikare 7 ba FARDC biciwe mu gico cy’inyeshyamba za ADF

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kiravuga ko cyivuganye inyeshyamba 15 za ADF ariko nacyo gitakaza abasirikare barindwi muri Teritwari ya Irumu, ho mu Ntara ya Ituri. Aya makuru yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Nyakanga mu kiganiro n’itangazamakuru cya Guverineri wa gisirikare w’iyi ntara. Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Ituri, […]

Visite du chef d’Ă©tat-major gĂ©nĂ©ral des forces armĂ©es angolais

e7ud0d3wqaa_qnt.jpg

Le chef d’Ă©tat-major gĂ©nĂ©ral des Forces armĂ©es angolaises (FAA), le gĂ©nĂ©ral AntĂłnio EgĂ­dio de Sousa Santos est en visite officielle au Rwanda qui a dĂ©butĂ© le 26 juillet et se terminera le 30 juillet 2021. Aujourd’hui, 27 juillet, le chef d’Ă©tat-major gĂ©nĂ©ral des forces armĂ©es angolaises, le gĂ©nĂ©ral AntĂłnio EgĂ­dio et sa dĂ©lĂ©gation ont eu […]

Abakora ibyaha bagahungira ubutabera muri Malawi ibyabo byasubiwemo

Abanyarwanda bakoze ibyaha bitandukanye bagahungira muri Malawi cyangwa abashakishwa n’ubutabera bahahungiye ibyabo bigiye gusubirwamo nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Nyakanga ibihugu byombi bishyiriye umukono ku masezerano yo guhererekanya abanyabyaha mu muhango wari uhagarariwe n’Umukuru w’Igipolisi cy’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, wari mu ruzinduko rw’icyumweru muri iki gihugu, na mugenzi we, Dr George […]

Bill Gates wahanuye Covid-19, aravuga ko Isi ikwiye kwitegura ikindi cyorezo, Isi yaba iri mu kagambane?

Mu gihe icyorezon cya Coronavirus gikomeje gukwirakwira mu Isi yose ari nako kigenda kihinduranya gihitana abatari bacye, abanyapolitiki n’abatuye Isi bakomeje gutangazwa n’ukuntu gikomeje guhagarika ubukungu bw’Isi cyuzuza ibitaro kugeza ubwo bimwe birengerwa ari ko gihindura ubuzima bwa buri munsi bw’abatuye Isi, nyamara umuherwe Bill Gates wari wagihanuye mu 2015 yongeye guhanura ko Isi ikwiye […]

Burundi: Minisitiri w’ingabo ntavuga rumwe n’abaturage ku nyeshyamba z’Abanyarwanda zivugwa mu Kibira

e7om1gfwuaetxge.jpg

Minisitiri w’ingabo w’u Burundi kuri uyu wa Mbere yahakanye amakuru akomeza kwemezwa na bamwe mu Barundi n’Igisirikare cy’u Rwanda avuga ko mu Ishyamba rya Kibira hari abarwanyi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ubwo yerekanaga ibyo minisiteri ayoboye yagezeho mu mezi atatu ashize. Minisitiri Alain Tribert Mutabazi kandi usibye guhakana ko hari inyeshyamba z’Abarundi ziri mu ishyamba […]

USA: Umugabo yarashe mu gatsiko k’abantu yicamo umwe nabo bamwicisha amabuye

Umugabo wari ufite imbunda ahitwa Fort Worth,muri Texas, yarashe mu gatsiko k’abantu yicamo umwe abandi arabakomeretsa mbere y’uko abo yarashemo na bo birwanyeho bakoresheje amabuye bakayamutera kugeza bamwishe. Ibi byabaye mbere ya saa saba z’ijoro kuri uyu wa Mbere ushize, ubwo uyu mugabo yarasaga mu gatsiko k’abantu mu rusisiro rwo mu gace ka Fort Worth. […]

Umushinga wa gari ya moshi uhuza u Rwanda,Tanzania na RDC ugiye kwihutishwa

Umushinga wa gari ya moshi u Rwanda ruhuriyeho n’ibihugu bya Tanzania na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ugiye gusubukurwa ndetse wihutishwe kurushaho nyuma yaho ukomewe mu nkokora n’ibibazo birimo n’icyorezo cya COVID19 nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ibikorwa remezo. Biteganyijwe ko uyu muhanda wa gari ya moshi wambukiranya umuhora wo hagati cyangwa Central corridor, ugomba guhuza […]

Nyuma ya Afghanistan, Amerika igiye gucyura n’ingabo zari muri Irak bitarenze uyu mwaka

2021-07-26t191928z_960334366_rc2jso9wz984_rtrmadp_3_usa-iraq.jpg

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden na Minisitiri w’Intebe wa Irak, Mustafa al-Kadhimi, kuri uyu wa Mbere bemeranyije kurangiza ubutumwa bwo gukora intambara bw’ingabo za Amerika bitarenze impera z’uyu mwaka, nyuma y’imyaka isaga 18 izi ngabo zoherejwe muri iki gihugu. Ni nyuma y’aho ubutumwa nk’ubu bw’ingabo za Amerika muri Afghanistan nabwo bugomba […]

Les soldats rwandais ont tuĂ© plus d’insurgĂ©s lors d’un assaut au Mozambique

e7kxio0xiaqbgx-.jpg

Les derniers rapports du Mozambique indiquent que les forces gouvernementales mozambicaines et les Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF) ont tuĂ© plusieurs insurgĂ©s au cours du week-end lors d’une opĂ©ration conjointe dans la rĂ©gion d’Awasse, un emplacement stratĂ©gique avec une route de connexion Ă  la ville portuaire de MocĂ­mboa da Praia et Ă  Palma , dans […]

Perezida Museveni yapfushije nyirasenge wari mu myaka 97

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yapfushije nyirasenge, Jairesi Keminagano wari uri mu kigero cy’imyaka 97. Museveni ubwe niwe washyize aya makuru ahagaragara agira ati Mbabajwe no gutangaza urupfu rw’umwe muri ba masenge , Kaaka Jairesi Keminagano, wari ugeze mu myaka 97,” Yongeyeho ko yapfuye kuri iki Cyumweru saa mbiri z’ijoro apfiriye Nakasero azize ibibazo bifitanye […]

Ingabo za FARDC zimaze imyaka zirwana n’inyeshyamba ziracyatozwa kurirwaniramo

img_23072021_233431_1200_x_675_pixel-1024x576.jpg

Abasirikare 688 ba FARDC mu mpera z’icyumweru gishize basoje imyitozo ya gisirikare yo kurwanira mu mashyamba yatanzwe mu rwego rw’ubufatanye bwa gisirikare hagati ya RDC n’Umuryango w’Abubumbye. Aba basirikare batojwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri ahitwa Rwampara, agace gaherereye hafi y’Umujyi wa Bunia. Usibye amasomo yo kurwanira mu mashyamba, banahuguwe ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu. Komanda […]

Uganda: Umwana w’imyaka 10 yishe se arimo guhorera nyina

Polisi mu Karere ka Rukungiri muri Uganda iri mu iperereza ku rufu rw’umugabo w’imyaka 33 bivugwa ko yishwe n’umuhungu we w’imyaka 10 nyuma y’amakimbirane yabanje kubera mu rugo hagati y’umugabo n’umugore we. Umugabo wishwe ni uwitwa Pius Tugumisirize, wari utuye mu Mudugudu wa Rwesero, ubarizwa muri Paruwasi ya Kikarara, mu Murenge wa Bwambara, ho mu […]

Umunyamerika ukuriye Madagascar Oil mu bakekwaho gushaka guhirika Rajoelina

moil.jpg

Nyuma y’Abafaransa babiri, Paul Rafanoharana na Philippe François bafashwe kuwa Kabiri ushize bashinjwa gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, ubu haravugwa ifatwa ry’undi munyamahanga wa gatatu ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukekwaho kuba inyuma y‘uyu mugambi. Kuva mu ijoro ryo kuwa Kabiri ushize, Paul Rafanoharana na Philippe François bo bakomeje […]

Mozambique: RDF yaba yongeye kwivugana inyeshyamba nyinshi no gufata ibikoresho bitandukanye byazo

capture-11.jpg

Amakuru akomeje kuzenguruka kuri twitter ataremezwa neza aravuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique muri iyi weekend zongeye kwivugana inyeshyamba nyinshi mu Ntara ya Cabo Delgado mu gace ka Awasse. Aya makuru arakomeza avuga ko izo nyeshyamba zishwe mu mirwano yazihuje n’ingabo z’u Rwanda ubwo zageragezaga kongera ingufu muri aka gace kugirango zibashe kurushaho […]

Mali: Uwashatse kwica Perezida Goita yapfiriye mu maboko y’inzego z’umutekano

Umugabo washinjwaga gushaka gutera icyuma perezida w’agateganyo wa Mali Assimi Goita mu cyumweru gishize yapfiriye mu bitaro ubwo yari mu maboko y’inzego z’umutekano, nk’uko guverinoma yabitangaje ku cyumweru. Ku wa kabiri, nibwo Perezida Goita, umukoloneli wo mu ngabo zidasanzwe za Mali, wateguye ihirikwa ry’ubutegetsi kabiri mu mwaka ushize, yarokotse nta nkomyi nyuma yo kugabwaho igitero […]

Ntungamo: Bahangayikishijwe n’inka zambutswa rwihishwa ziva mu Rwanda

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye n’amatungo muri Uganda, Bright Rwamirama, yaburiye abaturage bo mu Karere ka Ntungamo bashinjwa kwinjiza inka rwihishwa zivuye mu Rwanda ko abazajya bafatwa bazajya bamburwa izo nka zikagurishwa mu cyamunara. Abayozobozi bo muri aka karere nk’uko tubikesha NTV, bavuga ko abaturage baturiye umupaka w’u Rwanda na Uganda bakomeje kurenga ku mabwiriza […]

Melania Trump ayoboye urutonde rw’abagore b’abaperezida bayoboye USA b’ibizungerezi

melania_trump.jpg

Babaye abagore b’abagabo bakomeye ku Isi, usibye imbaraga, bagiye bagaragaza igikundiro na gukurura abantu igihe cyose bagaragaraga mu ruhame . Aba badamu babaye muri White House, bakora ibikorwa by’ubugiraneza, bagira inshingano zitandukanye, ariko ntibibabuza kugaragara neza igihe cyose bagiye mu ruhame baherekeje abagabo babo bakomeye. Muri iki cyegeranyo turarebera abagore b’uburanga b’abaperezida bayoboye Amerika mu […]

L’ancien ministre rwandais condamnĂ© pour gĂ©nocide rwandais transfĂ©rĂ© au SĂ©nĂ©gal

Augustin Ngirabatware l’ancien ministre rwandais condamnĂ© pour son rĂŽle dans le gĂ©nocide contre les Tusis, a Ă©tĂ© transfĂ©rĂ© au SĂ©nĂ©gal cette semaine pour purger sa peine, devenant le dernier dĂ©tenu Ă  quitter un centre de dĂ©tention de l’ONU en Tanzanie, ont confirmĂ© jeudi des sources judiciaires. Depuis 1990, Ngirabatware Ă©tait ministre du Plan et il […]

Museveni aracyari indwanyi ikomeye muri Afurika n’umwarimu w’intambara – Gen Muhoozi

Umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, unayobora ingabo zirwanira ku butaka, yongeye gutakagiza se avuga ko akiri indwanyi y’akataraboneka muri Afurika. Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter akunze gukoresha agaragaza ibitekerezo bye, rimwe na rimwe bitavugwaho rumwe, Gen. Kainerugaba yatakagije se avuga ko akiri indwanyi ikomeye kurusha izindi muri Afurika. Yavuze ko imbaraga […]

Pegasus: Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, nawe yaba yarumvirijwe

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda kiravuga ko cyamenye ko na telephone ya Ambasaderi wa Uganda muri Loni yumvirijwe n’ikindi gihugu cyo muri Afurika kitatangajwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus rikomeje kugaruka mu nkuru zitandukanye muri iyi minsi. Mu nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyatangaje ko Telephone ya Ambasaderi Adonia Ayebare yinjiriwe mu mwaka ushize kimwe n’uyundi […]

Muhanga: Umwana wishe nyina agahusha se agakomeretsa abavandimwe be yakatiwe n’urukiko

Umwana w’imyaka 17wo mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo wari ukurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi, yakoreye nyina, icyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu, ndetse n’icyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake umwana, yahamwe n’ibyaha akatirwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 10. Ibi byahaha byakozwe ku itariki ya 03 Kamena 2021, mu masaha ya saa mbiri n’igice z’ijoro, […]

Algeria yareze RSF nyuma yo kuyishinja gukoresha Pegasus ikaza kwivuguruza

Igihugu cya Algeria kuri uyu wa Gatanu cyareze mu butabera bw’u Bufaransa umuryango w’Abanyamakuru batagira Umupaka (Reporters sans frontiĂšres) kiwurega isebanya nyuma y’aho uyu muryango ushinje iki gihugu gukoresha software ya Pegasus mu rwego rw’ubutasi mbere yo kwisubiraho. Iki kirego cyatanzwe na Algeria kirebana n’ibyatangajwe na RSF kuwa 19 Nyakanga ku rubuga rwayo nk’uko byemezwa […]

Igitero cya ADF kuri bus yari itwaye abagenzi cyahitanye abasaga 10 barimo abagore n’abana

Byibuze abaturage 16 barimo abagore batandatu n’abana babiri mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane ushize biciwe mu gitero cyagabwe kuri bus yari itwaye abagenzi aho bikekwa ko cyagabwe n’inyeshyamba za ADF mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’umuyobozi w’ibitaro muri iki gice cyo muri Beni. […]

Kamonyi: Uko amafaranga yo kubaka amashuri yanyerejwe n’abakekwa barimo gitifu

Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge kuwa Gatatu ushize, itariki 21 Nyakanga 2021, rwafashe icyemezo gifunga by’agateganyo abarimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Nyamiyaga, bakaba bakurikiranyweho ibyaha birimo icyo kunyereza umutungo wa Leta ndetse n’ibindi byaha bitandukanye, bakaba bafunzwe by’agateganyo iminsi 30. Nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, mu bihe bitandukanye, uhereye ku itariki ya 1/7/2020, abaregwa […]

Ingabo za Afurika y’Epfo na Botswana na zo zageze muri Mozambique

Amakuru atandukanye ava muri Mozambique aravuga ibihugu bya Afurika y’Epfo na Botswana bibarizwa muri SADC nabyo byohereje ingabo zabyo muri iki gihugu nyuma y’aho ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu cyumweru gishize zo zatangiye gucakirana n’inyeshyamba za Al Shabab zigendera ku matwara akakaye ya kisilamu zikomeje guhungabanya umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado. Bivugwa ko ingabo […]

Icyo Uganda ivuga ku bivugwa ko u Rwanda rwumvirije telefone z’abayobozi batandukanye

“Twabonye amakuru hirya no hino, kandi umuntu yavuga ko ari ibivugwa gusa,” uyu ni umunyamabanga wa leta ushinzwe imibanire mpuzamahanga muri Uganda avuga ku makuru y’uko u Rwanda rwaba rwarakoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus mu kumviriza abayobozi batandukanye muri iki gihugu. Guverinoma y’u Rwanda igira icyo ivuga kuri aya makuru yavuze ko ayo makuru akwirakwizwa y’uko […]

Kamembe: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abagore 8 bahohoteye umucamanza

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Kamembe bwashyikirijwe dosiye iregwamo abagore 8 icyaha cyo gusagarira umucamanza wari mu kazi bamuziza ko yarekuye umuntu bashakaga ko afungwa. Icyaha bakurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 09 Nyakanga 2021, hagati ya saa sita na saa sita n’igice z’amanywa ubwo abaregwa bajyaga ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe bakasanga umucamanza wari mu […]

Pegasus: Perezida Macron yahise ahindura telephone na numero

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yahinduye telephone yakoreshaga na numero nyuma y’inama y’umutekano y’igitaraganya yateranyije kuri uyu wa Kane hagamijwe kuganira ku biherutse gutangazwa ko telephone ye yaba iri mu zumvirijwe cyangwa yari mu zagombaga kumvirizwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus ry’ikigo cyo muri Israel, NSO Group. Umuyobozi muri Guverinoma w’u Bufaransa wavuganye na Reuters yagize […]

IsraĂ«l rejoint l’Union africaine aprĂšs deux dĂ©cennies

Pour la premiĂšre fois depuis 2002, IsraĂ«l a rejoint l’Union africaine, retrouvant son statut d’observateur. Le ministre israĂ©lien des Affaires Ă©trangĂšres, Lapid, a qualifiĂ© la dĂ©cision de “jour de cĂ©lĂ©bration” des relations du pays avec les États membres. Aleligne Admasu, ambassadeur d’IsraĂ«l en Éthiopie, a remis jeudi sa charte d’observateur Ă  l’Union africaine. L’Union africaine […]

RDC: Abofisiye 9 barimo abakoloneli 6 bafashwe bashinjwa kunyereza umutungo

Abasirikare icyenda ba FARDC bo ku rwego rwa ofisiye kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nyakanga batawe muri yombi by’agateganyo bafungirwa muri Gereza ya Bunia, aho bakurikiranweho kunyereza amafaranga yagenewe ibikorwa bya gisirikare muri Ituri muri ibi bihe iyi ntara irimo kuyoborwa n’igisirikare. Mu batawe muri yombi harimo ba colonel batandatu ba FARDC, barimo komanda […]

Umupolisi yakubiswe ajya muri coma azira guhatira kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19

Abaturage bo mu mudugudu wa Rwabaganda, mu mujyi wa Ddyango, mu Karere ka Rakai kuri uyu wa Gatatu bakubise umupolisi kugeza ubwo ajya muri coma nyuma yo kubahatira kubahiriza amabwiriza yo gukumira icyorezo cya Covid-19. Nk’uko batangajwe na Wangi Ssemanda, uyobora uyu mujyi wa Ddyango, umupolisi wakubiswe ari uwitwa Mwesigye wakoreraga kuri station ya polisi […]

Pegasus: Macron yatumije inama y’umutekano y’igitaraganya nyuma yo kumva ko yaba yarumvirijwe

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nyakanga yahamagaje inama y’umutekano y’igitaraganya nyuma y’aho telephone ye ubwe igaragariye ku rutonde rw’izishobora kuba zarumvirijwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya Pegasus ry’ikigo cyo muri Israel, NSO Group. Mu minsi ishize nibwo itsinda ry’ibinyamakuru mpuzamahanga ryagaragaje ko application ya Pegasus yakozwe n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyo muri Israel, […]

Isesengura: TotalEnergies y’Abafaransa yaba yihishe inyuma y’iyoherezwa rya RDF muri Mozambique?

e5r4zezxwaqxstv.jpg

Inzozi z’ejo hazaza ho kubyaza umusaruro gaz nyinshi igihugu cya Mozambique gifite, ngo zishingiye ku bushobozi gifite bwo guhagarika inyeshyamba zikomeje guhagarika ubuzima zifitanye isano na Leta ya Kisilamu, ariko ngo niba amahoro ari igisubizo, iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyepfo n’igihangange mu bijyanye n’ingufu cy’Abafaransa, TotalEnergies bishobora kuba bifite ikibazo. Isesengura ryakozwe n’abanyamakuru b’Ibiro […]

Burundi: Abazongera gupfa icya cumi bazajya bacyamburwa gishyirwe mu isanduku ya leta

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, Gelase Ndabirabe, yabwiye abayobozi b’amatorero akunze kumvikanamo amakimbirane aturuka ku gupfa amaturo, ko ayo maturo bapfa bazajya bayamburwa agashyirwa muri banki mu isanduku ya leta. Ibi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, yabitangaje ubwo yari mu ruzinduko mu Ntara ya Cankuzo mu nama yagiranye n’abayoboye amatorero muri iyi ntara, […]

Zambia: Impunzi zirimo Abanyarwanda zongeye guterwa zishinjwa gushyigikira abazaba bahanganye mu matora

Impunzi z’Abanyarwanda, Abarundi n’Abanyekongo zahungiye muri Zambia zituye mu mijyi muri iyi weekend ishize zongeye kugabwaho ibitero n’abenegihugu b’iki gihugu bashyigikiye ubutegetsi cyangwa opozisiyo mbere gato y’amatora ateganyijwe mu kwezi gutaha ku itariki ya 12, aho zirimo gushinjwa gushyigikira uruhande rumwe cyangwa urundi. Biravugwa ko amaduka yabo n’ibindi bikorwa by’ubucuruzi byasahuwe ibindi bikangizwa ndetse impunzi […]

Amasomo y’Itorero muri uyu mwaka azakomeza gutangirwa kuri internet

Uyu mwaka gahunda y’amahugurwa y’uburere mboneragihugu ku rwego rw’igihugu, Itorero, izakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga bitewe n’icyorezo cya Covid-19. Biteganijwe ko amasomo y’Itorero azaba kuva ku ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama. Abayobozi bavuze ko usibye amasomo ajyanye n’indangagaciro zo gukunda igihugu, aya mahugurwa azagaragaramo amasomo ajyanye no kwigira agamije kwihutisha kugabanya ubukene n’iterambere ry’ubukungu, […]

Kayonza: Abarimu bafatiriye amanota kubera kudahembwa hatangwa ikindi kizamini

Abarimu bigisha ku ishuri ribanza rya Bright Vision giherereye mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, kafatiriye amanota n’indangamanota by’abana kubera kudahembwa, Ubuyobozi bw’ikigo buhitamo kongera gukoresha ikizamini kimwe ku nshuro ya kabiri, ibintu NESA ivuga ko bitemewe. Ibi bintu byo gukoresha ikizamini kimwe kabiri byafashwe nko gukopera, Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi […]

Ishimuta, iyicarubozo, ubwicanyi, bimwe mu bikorwa bya kinyamanswa byavuzwe kuri Winnie Mandela

0eed5d95-winnie-madikizela-mandela-the-anc-needs-a-leadership-overhaul.jpg

Ishimuta, iyicarubozo n’ubwicanyi, bimwe mu bikorwa byagiye bihindanya isura ya nyakwigendera Winnie Mandela, wahoze ari umugore w’intwari ya Afurika, Nyakwigendera Nelson Mandela, nubwo nawe ibikorwa bijya gusa nk’ibi yagiye abikorerwa n’ubutegetsi bw’ivangura yahanganye nabwo igihe kirekire muri Afurika y’Epfo bwari buyobowe na ba nyamucye b’Abazungu. Kenshi rero Winnie Mandela yagiye avugwaho ibyiza gusa cyane cyane […]

Amwe mu mayeri akomeje gukoreshwa na ba mafiya bagurisha imitungo itari iyabo

Abayobozi mu Mujyi wa Kigali bagiriye inama abaguzi b’imitungo gukora ubushishozi mbere yo kugura amazu n’ibibanza, bavuga ko hagaragaye ibibazo by’uburiganya ku isoko ry’imitungo. Uyu muburo watanzwe na Marie-Solange Muhirwa, ukuriye igenamigambi ry’imijyi mu Mujyi wa Kigali, ukurikiye ibibazo bikomeje kuzamuka by’abantu bagurisha amazu badafite ibyangombwa byo kubaka. Umuturage wo mu mujyi wa Kigali wahisemo […]

RDC: Ukuriye urubyiruko rw’ishyaka rya Moise Katumbi yakatiwe imyaka 2 y’igifungo

Jacky Ndala, Umuyobozi w’urubyiruko rw’ishyaka Ensemble pour la rĂ©publique, rya Moise Katumbi, kuri uyu wa Kabiri yakatiwe igifungo cy’imyaka 2 azira kwamagana umushinga w’itegeko rishya ryerekeranye n’Ubunyekongo « congolitĂ© » rikumira abantu batavuka ku babyeyi bose b’Abanyekongo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu n’indi myanya ikomeye muri leta. Kuri Moise Katumbi nawe ufite umubyeyi umwe w’umuzungu, afata […]

Nyagatare: Babiri barimo mudugudu bafashwe bazira guhohotera umunyamakuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje itabwa muri yombi ry’abantu babiri; umuyobozi w’Umudugudu wa Rubona, mu Murenge wa Karangazi, mu Karere ka Nyagatare na Steven Mutsinzi bashinjwa gusagarira umunyamakuru wari uri mu kazi ke. Nk’uko RIB yabitangaje kuri Twitter, undi muntu wa gatatu ukekwa yaracitse aracyashakishwa. Iki hohoterwa ryakorewe umunyamakuru ryabaye ku Cyumweru gishize, itariki 18 […]

Uganda: Umuyobozi muri Islam yamaganye iyicarubozo ku bateye Gen Katumba

Umuyobozi w’idini ya Islam muri Luwero, hagati mu gihugu cya Uganda, yamaganye iyicwa n’iyicarubozo bavuga ko biri gukorerwa abantu bakurikiranweho kugira uruhare mu gitero cyagabwe kuwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, Gen. Katumba Wamala mu kwezi gushize kigahitana umukobwa we. Mu ntangiriro z’ukwezi gushize nibwo uyu mukobwa wa Gen Katumba, Brenda Nantongo n’umushoferi we, Haruna Kayondo […]

Umugore yiyiciye umwana akoresheje uburozi undi ari hagati y’urupfu n’ubuzima

Umugore witwa Mary Nduku w’imyaka 27 w’ahitwa Machakos muri Kenya kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Nyakanga yagejejwe imbere y’urukiko yiyemerera ko yiyiciye umwana undi akaba ari hagati y’urupfu n’ubuzima nyuma yo kubaha uburozi. Iki gikorwa cy’ubunyamanswa uyu mugore yakoze kigahitana umwana we undi akaba arembeye mu Bitaro bya Machakos, avuga ko nawe atazi ibyari […]

Moto 20 za mbere zihenze ku Isi iya mbere igura miliyari zisaga 11

neiman-marcus-limited-edition-fighter-the-top-10-most-expensive-motorbikes-in-the-world-therank.in_.jpg

Nyuma yo kubagezaho urutonde rw’imodoka 15 za mbere zihenze ku isoko muri uyu mwaka wa 2021, twifuje no kubashakira moto 20 za mbere zihenze ku Isi aho ku mwanya wa mbere ku rutonde dukesha wealthygorilla.com usangaho moto ifite agaciro ka miliyari zisaga 11 z’Amanyarwanda ikurikiwe n’igura miliyari zisaga 7, mu gihe ku mwanya wa 20 […]

Umunyemari w’Umunyakenya, Joseph Nyamuthe, yatorotse gereza yari afungiyemo mu Burundi

joseph_mboya_2_.jpg

Umunyemari w’Umunyakenya, Joseph Mboye Nyamuthe wari ufungiye muri Gereza Nkuru ya Murembwe, mu gihugu cy’u Burundi akurikiranweho icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, aravugwaho gutoroka mu ijoro ryo kuwa Gatanu ushize, aho yatorotse avuye mu Bitaro bya Rumonge aho yari yajyanwe kwivurirwa. Bivugwa ko aho yari arwariye muri ibi bitaro yari arinzwe n’abapolisi babiri, akaba yari yajyanwe kuhavurirwa ku […]

U Rwanda narwo ruvugwaho kumviriza Abanyekongo barimo Mende rukoresheje Pegasus

Nyuma y’amakuru yasakaye hirya no hino kuri uyu wa Mbere ashinja ikigo cyo muri Israel, NSO Group gukoresha software yacyo ya Pegasus mu kwinjira no kuneka ibivugirwa kuri telephone z’abantu mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, ikigo OCCRP (Organized Crime and Corruption Reporting Project) nacyo cyashinje u Rwanda gukoresha iyi software mu kumviriza Abanyekongo barimo […]