Gasabo: Uwanize umugore we kugeza amwishe yakatiwe igihano kiruta ibindi

Umugabo wo mu Karere ka Gasabo wishe umugore we amunize mu mpera z’icyumweru gishize yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko yari yagisabiwe n’ubushinjacyaha. Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwatanze iki gihano ubwo rwasomaga urubanza Ubushinjacyaha bwaregagamo Hategekimana Thomas w’imyaka 31 y’amavuko icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake yakoreye umugore we amunize kugeza ashizemo umwuka. Ni icyaha cyakozwe […]

Facebook yahaye gasopo Dr Stella Nyanzi kubera kwibasira Bobi Wine

Urubuga Nkoranyambaga rwa facebook rwihanije impirimbanyi y’Umugandekazi, Dr Stella Nyanzi kubera amagambo akoresha kuri uru rubuga. Uyu mugore wahoze ari umwarimu muri Kaminuza ya Makerere mu gihugu cya Uganda akaba aherutse guhungira muri Kenya avuga ko ubuzima bwe buri mu kaga, aravuga ko ameze neza nubwo yahawe gasopo. Yavuze ko agiye no kwandika igitabo, aho […]

Abanyarwanda bagomba kubona amakuru, nibabona atari yo bazahindukirana leta – Umunyamakuru Mugabe

“Abanyarwanda bagomba kubona amakuru. Kandi Leta nikomeza kwanga gutera inkunga itangazamakuru abaturage bazabona amakuru atari yo, nibabona amakuru atariyo bazahindukirana leta,” aya ni amagambo y’umunyamakuru Robert Mugabe wemeza ko muri iki gihe imbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane abaturage bafite ibyago byo guhabwa amakuru n’abantu batari abanyamwuga babaha ibinyoma n’amakuru rutwitsi. Umunyamakuru Robert Mugabe aravuga ko ukurikije […]

Kagame rejoint le ‘Giants Club’ pour stimuler les investissements dans l’Ă©conomie de la faune

Le prĂ©sident Paul Kagame est dĂ©sormais le sixiĂšme chef d’État africain Ă  rejoindre le “Giants Club” aprĂšs avoir signĂ© la dĂ©claration du forum, renforçant ainsi l’engagement du Rwanda Ă  protĂ©ger l’habitat de la faune tout en dĂ©gageant une plus grande valeur des entreprises fondĂ©es sur la nature. Le prĂ©sident Kagame a Ă©galement tenu une rĂ©union […]

Rwanda-Uganda: Nyuma y’imyaka 2 imipaka ifunze icyizere cyo gufungurwa kimaze kuyoyoka

Imipaka y’u Rwanda na Uganda muri Gatuna na Cyanika mu Turere ntirafungurwa nyuma y’imyaka hafi ibiri u Rwanda rufashe icyemezo cyo kuyifunga ku itariki 27 Gashyantare 2019, abaturage ba Uganda mu Turere twa Kabale na Kisoro baravuga ko ibi byabateje igihombo gikomeye kandi bamaze guta icyizere cy’uko iyi mipaka yafungurwa vuba. U Rwanda rwafashe icyemezo […]

Abategetsi 10 batazibagirana mu mateka y’Isi bakoze ibyiza cyangwa ibibi

hitler-at-dortmund-rally.jpg

Ku Isi hagiye habaho abategetsi b’ibihangange mu mateka. Bamwe bigaruriye Isi, bamwe babasha kurangiza ubugizi bwa nabi bashyira ibihugu byabo mu bihe by’amahoro n’ituze, abandi babasha guhindura ibihugu byabo ndetse n’Isi muri rusange. Dore abayobozi bakoze ibintu bidasanzwe mu mateka 10- Adolf Hitler Uyu mugabo washinze ishyaka rya NAZI niwe uri inyuma wa Jenoside yakorewe […]

Ghana: Umupasiteri yapfuye arimo kubwiriza

Umupasiteri wo mu gihugu cya Ghana aherutse gupfa arimo kubwiriza Abakirisitu bayoberwa ibyo ari byo mbere yo kuvumbura ko yamaze gupfa. Video yakwirakwijwe mu cyumweru gishize, igaragaza uyu mupasiteri ukiri muto wambaye ishati y’umweru n’ipantalo y’umukara, arimo kubwiriza mu rusengero nk’uko tubkesha urubuga mynewsghana.net rwo muri iki gihugu. Mu kubwiriza, agira atya akerekeza mu yindi […]

Yahambwe ari muzima azira kwica abantu bo mu muryango we – Video

Umusore wo muri Repubulika ya Congo yashyinguwe ari muzima azira kwica abantu 9 bo mu muryango we mu gace ka Lekoumou abatambyemo igitambo. Uyu musore wari mu kigero cy’imyaka 30 yatanze abantu bo mu muryango we mu mwaka ushize nyuma yo kugirana amasezerano n’umupfumu. Icyo yifuzaga ni ukuba impuguke mu buvuzi gakondo. Byamusabaga rero gutamba […]

Impamvu niyemeje kurwanya akarengane ni uko nanjye narenganye – Umunyamakuru Niyonambaza

Umunyamakuru Asumani Niyonambaza washinze ikinyamakuru Rugari avuga imwe mu mpamvu yatumye ashinga iki kinyamakuru yari ukugirango agihe umurongo wo kurwanya akarengane kubera ko ngo nawe yarenganye yitwa Interahamwe n’umwicanyi. Asumani Niyonambaza amaze igihe kirekire mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, kuko arimazemo imyaka isaga 20 ariko akaba amaze imyaka 16 ashinze ikinyamakuru Rugari. Mu kiganiro yagiranye […]

Abanyarwanda babiri binjijwe mu rukiko rw’Umuryango wa EAC

Mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa EAC yabaye kandi yatumijwe na Perezida Paul Kagame, nk’umuyobozi ucyuye igihe muri iyo kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 27 Gashyantare, Abanyarwanda Richard Muhumuza na Anita Mugeni bahawe imyanya mu Rukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ. Richard Muhumuza mu rugereko rw’ibanze rwa EACJ mu gihe Anita […]

Dr Agnes Binagwaho mu Banyafurikakazi 10 bari guhesha ishema Afurika

ngozi_okonjo-iweala.jpg

Abenshi muri aba bagore ni abarwana batitaye ku ishusho iri mu mitwe y’Abanyafurika benshi y’uko abagore akamaro kabo ari ukubyara no kuba mu rugo, ariko kuri iyi nshuro turabagezaho urutonde rw’abagore 10 bari guhesha ishema Afurika nk’uko tubikesha Afrikbuzz.com. 10 – Ngozi Okonjo-Iweala Uyu mugore ukomoka muri Nigeria niwe Munyafurikaka wa mbere watorewe kuyobora Umuryango […]

Leta ya Afurika y’Epfo yabuze icyo ivuga ku iyicwa ry’uwari umuhuzabikorwa wa RNC

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yabuze ibisobanuro itanga ku rupfu rw’Umunyarwanda, Seif Bamporiki wari mu bayobozi bakuru ba RNC muri iki gihugu, aho kugeza n’ubu bavuga ko batazi icyo babikoraho. Umwe mu bayobozi bakuru muri Afurika y’Epfo ati “Ntituramenya icyo twabikoraho. Polisi ntacyo iratubwira kubw’ibyo ntitubizi.” Seif Bamporiki wari Umuhuzabikorwa wa RNC muri Afurika y’Epfo, yishwe […]

USA: Umugore wa El Chapo wishyikirije ubutabera agiye kumena amabanga

gettyimages-1156029408.jpg

Umugore w’umucuruzi kabuhariwe w’ibiyobyabwenge, El Chapo, kuri ubu ufungiye muri muri Amerika, niwe wishyikirije ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuwa Kabiri ushize, ashaka kurinda abana be ndetse kuguma muri iki gihugu nawe akamena amabanga menshi y’umutwe w’abacuruzi b’ibiyobyabwenge wa Sinaloa Cartel wari ukuriwe n’umugabo we. Uyu mugore wa El Chapo GuzmĂĄn witwa Emma […]

Uwagize uruhare mu gushoza intambara zagiye zivugwa muri ADEPR yasabye imbabazi

“Imana ubundi ntabwo ijya irwanirirwa ariko twebwe twashyizemo intambara dushyiramo imbaraga zacu dushyiramo n’intambara z’umubiri
ariko nyuma nyine nagiye mbitekerezaho nkabireba, mu by’ukuri nkavuga ngo hari ikiza wenda cyabaye muri ibi bintu ariko ntibibujije ko hari n’amakosa yabibayemo, ” ibi ni ibyatangajwe na Jean Napoleon Mahoro, Umukiristu wa ADEPR akaba yarabaye n’umuririmbyi wemera ko yagize uruhare […]

Le Rwanda va utilise l’intelligence artificielle dans les prĂ©dictions de Covid-19

Le Rwanda devrait ĂȘtre le premier pays du continent africain Ă  utiliser l’intelligence artificielle (IA) pour prĂ©dire le fardeau du Covid-19 sur son territoire Ă  des pĂ©riodes particuliĂšres. Le vendredi 26 fĂ©vrier, le centre biomĂ©dical du rwanda (RBC), en collaboration avec l’UniversitĂ© du Rwanda (UR), a lancĂ© un projet de recherche visant Ă  tirer parti […]

Urwego rw’Umuvunyi rurahamagarira abaturage gusobanukirwa n’amategeko abarengera

dsc_0517.jpg

Mu bukangurambaga bwo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa bwakozwe n’Urwego rw’Umuvunyi mu ntara y’amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba kuva ku itariki 22 kugeza ku ya 25 Gashyantare 2021, mu kiganiro bagiriye kuri radiyo y’abaturage, Umuvunyi Mukuru, Madamu Nirere Madeleine, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yahamagariye abaturage gutanga amakuru kuri ruswa n’akarengane ndetse bakanamenya amategeko abarengera kuko […]

RDC: FARDC yikomye FDLR ishinja gushaka kuyiteranya n’abaturage

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyamaganye ubutumwa kivuga ko buri gukwirakwizwa n’umutwe wa FDLR isebya bamwe mu basirikare bakuru bari mu bikorwa bya Sokola 2 muri Kivu y’Amajyaruguru. Izi nyeshyamba z’Abanyarwanda zimaze imyaka isaga 26 mu burasirazuba bwa Congo, zivuga ko bamwe mu bayobozi ba FARDC bakorana n’imitwe y’inyeshyamba iteza umutekano mucye […]

Zimbabwe: Abakora mu buvuzi bari gutinya gufata urukingo rwa Covid-19

Kuri uyu wa Gatanu, ihuriro ry’abaforomo muri Zimbabwe ryatangaje ko abakozi b’ubuvuzi banze gufata inkingo za Covid-19, bavuga ko nta bisobanuro bifatika byerekana niba zirinda ubwoko bw’iyi virusi bwagaragaye muri Afurika yepfo. Ku ya 18 Gashyantare, Zimbabwe yatangiye ibikorwa byo gukingira ikoresheje inkingo zakozwe n’ikigo Sinopharm cyo mu Bushinwa, iba igihugu cya mbere muri Afurika […]

Me Gashema arahakana ibivugwa ko Idamange atari we wamwihitiyemo ngo amwunganire

Me Gashema Felicien wunganira Idamange Iryamugwiza Yvone arahakana amakuru avuga ko uwo yunganira atari we wamwihitiyemo ahubwo hari abandi bamutumye kumuburanira. Idamange yamenyekane mu minsi ishize kubera amagambo yagiye atangariza ku muyoboro we wa Youtube yavugiyeho amagambo atarakiriwe neza n’abantu batandukanye barimo n’ubutegetsi bikamuviramo gutabwa muri yombi ku itariki 15 Gashyantare. Kuwa 22 Gashyantare nibwo […]

Haiti: Imfungwa zisaga 400 zatorotse, abantu 25 barimo umuyobozi wa gereza barahagwa

1614393524759_haiti_prison_16-9_20475072_2051310_20210227130232d5e83043-3fec-4513-9eef-383af9dfafa5.jpg_sd_1280x720.jpg

Imfungwa zisaga 400 kuri uyu wa Gatanu zari zikiruka nyuma yo gutoroka gereza yo mu gihugu cya Haiti, mu gutoroka kwaranzwe n’ubugizi bwa nabi bukabije bwasize abantu 25 barimo n’umuyobozi wa gereza bishwe. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa byerekanye byibuze imirambo itatu irambaraye hanze ya gereza kuwa Kane na zimwe u mfungwa zafashwe mu zari zatorotse. “Abantu […]

Luanda: Ibiganiro by’amahoro hagati ya Centrafrica n’inyeshyamba byongeye gusubikwa

Mu gihe mu gihugu cya Centrafrica hakomeje ibikorwa bya gisirikare byo kwigarurira imijyi yari yarigaruriwe n’imitwe y’inyeshyamba nk’aho muri iki Cyumweru igisirikare cya Centrafrica gifashijwe n’ingabo z’u Rwanda kigaruriye Umujyi wa Bossangoa, ibiganiro by’amahoro byari biteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu biyobowe na ICGLR byongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri. Inama mpuzamahanga ku karere k’ibiyaga bigari […]

Muhanga: Urukiko rwakatiye umukozi wo mu rugo wibye umwana yigeze kurera

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, kuri uyu wa Gatanu itariki 26 Gashyantare 2021, bwasabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 5 umukobwa w’imyaka 18 wibye umwana w’imyaka 4 yigeze kurera afatanyije n’umumotari ariko asabirwa kugabanyirizwa ibihano kuko yari ataruzuza imyaka y’ubukure, mu gihe umumotari we yasabiwe gufungwa imyaka 10. Nyuma y’uko avuye mu rugo yakoragamo mu kwezi kwa […]

Umwe mu Bajenerali 2 ba FLN basaba kurekurwa by’agateganyo yafatiwe ibihano na Loni

Abajenerali babiri bo mu mutwe wa FLN bari mu bantu 21 bari kuburanishwa n’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka basabye kurekurwa by’agateganyo mu gihe umwe muri bo ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye. Aba ni Maj. Gen. Felicien Nsanzubukire na Maj. Gen. Anastase Munyaneza, bo muri FLN-MRCD, aho bakurikiranweho ibyaha bitandukanye bifitanye isano […]

Le procÚs concernant 21 suspects terroristes liés au MRCD ajourné au 3 mars

Le procĂšs concernant 21 suspects terroristes liĂ©s au MRCD et Ă  sa branche militaire a repris le vendredi 26 fĂ©vrier Ă  Kigali, tous les suspects et leurs avocats Ă©tant prĂ©sents Ă  la chambre de la Cour suprĂȘme. Tous les 21 suspects font face Ă  des accusations liĂ©es au terrorisme. Leurs actes prĂ©sumĂ©s ont entraĂźnĂ© la […]

Umugore wa Amb. Luca Attanasio aremeza ko umugabo we yagambaniwe n’umuntu ubazi

Umugore wa Ambasaderi w’u Butaliyani i Kinshasa uherutse kwicirwa mu burasirazuba bwa Congo, Luca Attanasio, w’imyaka 43, yatangaje ko umugabo we yagambaniwe kandi akagambanirwa n’umuntu umuzi uzi n’umuryango we kugirango yicwe. Ambasaderi Attanasio yari kumwe n’imodoka za PAM mu burasirazuba bwa Congo kuwa Mbere ushize ubwo yagwaga mu gico cy’abagizi ba nabi bakamwicana n’umurinzi we […]

USA: Yagaburiye abo mu muryango we umutima w’umuntu banze arabica

leon-oye.jpg

Umugabo wo muri Leta ya Oklahoma yishe umuntu amukuramo umutima arangije arawuteka awugaburira abandi bantu batatu bo mu muryango we barimo agakobwa k’imyaka ine mbere y’uko ahindukira nabo akabatera ibyuma hakarokokamo umwe. Uyu mwicanyi uri mu kigero cy’imyaka 40 yemereye imbere y’abashinzwe iperereza ko yakoze ubu bwicanyi, aho yemeye ko yishe umwe mu bantu yishe […]

Urugomo n’ubwicanyi byakorewe Abatutsi mu 1973 mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama

Nk’uko bisobanurwa n’ubushakashatsi Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muyahoze ari Perefegitura ya Gitarama ubwicanyi n’ibikorwa by’urugomo byibasiye Abatutsi mu 1973 byakozwe guhera mu mpera za Gashyantare 1973. Umugambi w’abateguye ibyo bikorwa bibi kwari ukwibasira Abatutsi bose bahereye ku bari mu mashuri no mu kazi. Abayobozi bakuru ba […]

Abantu bakurikirwa n’abantu benshi kurusha abandi kuri Instagram muri 2021

insta-2.jpg

Kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2021 usibye urubuga rwa Instagram ubwarwo ruza ku mwanya wa mbere, umukinnyi Cristiano Ronaldo niwe wavuga uza ku mwanya wa mbere mu bantu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga bakurikiranwa n’abantu benshi kurusha abandi, aho akurikirwa n’abagera kuri miliyoni 263, hagakurikiraho umuririmbyikazi Ariana Grande ukurikirwa na miliyoni 222. Dore abantu 15 […]

Igikorwa cya mbere cya gisirikare cya Perezida Joe Biden cyahitanye 17 muri Syria

Kuri uyu wa Kane, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye ibitero ku bikorwaremezo bikoreshwa n’inyeshyamba zo muri Syria ziterwa inkunga na Iran, abantu bagera kuri 17 bahasiga ubuzima. Iki kikaba ari cyo gikorwa cya mbere cya gisirikare ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden bukoze busubiza ibitero biherutse kugabwa ku nyungu z’igihugu muri Irak. Asobanura ukuntu iki […]

Bobi Wine yasabwe gusobanura aho yakuye imodoka y’umutamenwa afite muri iki gihe

Ubugenzuzi Bukuru wa Guverinoma ya Uganda bwahaye Bobi Wine igihe cyo kugeza ku itariki ya 31 Gashyantare yamaze gusobanura aho yakuye imodoka y’umutamenwa (itamenwa n’amasasu) aherutse kugaragaza abazwa niba ari impano yahawe cyangwa ari umwe mu mitungo ye. Avugana n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita, madamu Annet Twine, umuyobozi mu Bugenzuzi bwa […]

Rubavu: Icumbi ry’abanyeshuri ryibasiwe n’inkongi y’umuriro

Icumbi ryo hanze y’ikigo ryari ricumbitsemo abanyeshuri ba Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ryibasiwe n’inkongi y’umuriro kubw’amahirwe itagize uwo ihitana. Iyi nkongi hakekwa ko yatewe n’amashanyarazi yadutse mu masaha ya saa munani n’igice y’ijoro abanyeshuri babasha gusohora ibyo kuryamaho n’ibindi bikoresho byabo. Uwimana Vedaste , Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge […]

Abategetsi ba Uganda ntibatewe ubwoba n’ibihano Amerika yafatira igihugu

Ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gufatira Uganda kubera uburiganya zivuga ko bwabaye mu matora aheruka muri Uganda ngo byaba bibabaje ariko ntibihangayikishije abategetsi b’iki gihugu nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa, yabitangarije RFI. “Byaba bibabaje baramutse badufatiye ibihano, ariko mbere na mbere ndatekereza ko amatora yacu yabaye mu bwisanzure kandi mu mucyo, n’amahoro,” […]

U Butaliyani bukomeje kotsa Loni igitutu kubera iyicwa rya Ambasaderi Luca Attanasio

Mu gihe iperereza ry’abayobozi ba Repubulika haranira Demokarasi ya Congo ku iyicwa rya Ambasaderi Luca Attanasio rikomeje, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Butaliyani, Rudi Di Maio, arasaba Umuryango w’Abibumbye gufungura iperereza ryawo. Kuri minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Butaliyani, ngo nubwo ambasaderi wabo yabashaga gufata icyemezo ku ngendo ze mu gihugu, urugendo yiciwemo mu burasirazuba bwa Congo […]

Bujumbura: Umupolisi yishe arashe umushoferi amushinja guteza umubyigano

Umupolisi wo mu Burundi mu ijoro ryo kuwa kabiri ushize ahagana saa moya z’ijoro yarashe umushoferi nyuma yo gutonganaho gato umupolisi ashinja uyu mushoferi wa Taxi voiture gufunga inzira y’izindi modoka nyinshi ku muhanda uri mu Mujyi wa Bujumbura rwagati. Nk’uko ababibonye babitangaje, uwarashwe yahise apfa. Umwe muri aba ati “ Yarashwe mu gatuza. Ntiyari […]

Uganda: Umwana yiciwe mu kurasana hagati y’abashinzwe umutekano na se watorotse igisirikare

latest007-pixxx-data.jpg

Igikorwa gihuriweho n’igipolisi n’igisirikare bya Uganda cyari kigamije gufata umusirikare wagitorotse mu Karere ka Kapchorwa kuri uyu wa Gatatu, cyarangiye umwana w’umuhungu w’imyaka 16 akiciwemo mu gihe se, watorotse igisirikare, yatawe muri yombi. Abayobozi baravuga ko uyu mwana w’umuhungu witwa Timothy yarashwe akaza gupfa ubwo se witwa Kapchekweko, wari ufite imbunda, yarasanaga n’abari bagiye kumufata. […]

Imitwe 122 y’inyeshyamba yabaruwe mu burasirazuba bwa Congo – Raporo

Imitwe y’inyeshyamba igera ku 122 kuri ubu niyo ibarurwa mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko mu ntara za Kivu zombi, muri Ituri na Tanganyika. Ibi ni ibyahishuwe muri raporo y’ikigo cy’ibipimo by’umutekano muri Kivu, BaromĂštre SĂ©curitaire du Kivu (KST), yashyizwe ahagaragara kuwa 22 Gashyantare 2021. Iyi raporo ivuga ko imitwe 11 yitwaje […]

Igisirikare cya Amerika cyafatiye hafi ya Somalia intwaro nyinshi zari zitwawe magendu

mideast_arms_seizure_91099.jpg

Igisirikare cyo mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko ubwato bwacyo bwa gisirikare, USS Winston S. Churchill, bwafashe intwaro zajyanwaga magendu mu mato abiri mato mu gikorwa cyakorewe mu mazi mpuzamahanga hafi y’inkombe za Somalia. Iki gikorwa cyabaye ku itariki 11 na 12 Gashyantare, ariko aya makuru nibwo […]

Covid-19: La pandĂ©mie arrĂȘte la vaccination contre le VPH Ă  Kigali

Plusieurs dĂ©fis liĂ©s Ă  la pandĂ©mie de Covid-19 ont contrecarrĂ© les projets de dĂ©ploiement d’un programme de vaccination visant Ă  Ă©liminer le cancer du col de l’utĂ©rus causant le virus du papillome humain (VPH) chez les filles ĂągĂ©es de 12 ans. Le virus du papillome humain (VPH) est une infection transmissible sexuellement qui se transmet […]

RDC: Igitero ku birindiro bya FARDC hafi ya Minembwe cyaguyemo umusirikare

Umusirikare umwe wa FARDC yishwe, abasivili babiri barakomereka nyuma y’igitero cy’inyeshyamba za Gumino na Twirwaneho ku birindiro bya gisirikare mu giturage cya Kabingo, hafi ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyepfo, Capt. DieudonnĂ© Kasereka, yatangaje ko ingabo za leta zahise zisubiza inyuma iki gitero cyagabwe kuri uyu wa kabiri, […]

Antonio Guterres arasaba ko muri Centrafrica hongerwa ingabo n’abapolisi ba Loni

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, arasaba inyongera y’abasirikare n’abapolisi 3,700 bo kujya gufasha ingabo zibungabunga amahoro muri Centrafrica, avuga ko iki gihugu kiri mu bihe biteye amakenga. Ibi Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye yabitangaje muri raporo yashyizwe ahagaragara nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Gashyantare n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, The Associated Press, bivuga ko hakenewe […]

Uganda: Umupolisi yiyahuye yitwitse nyuma yo kwirukanwa mu nzu n’umugore we

Umupolisi wari ukinjiyemo vuba mu karere ka Kanungu yiyahuye yitwitse arapfa nyuma yo kugirana ibibazo n’umugore we. Uyu ni uwitwa Lovis Abeireho wari unatuye mu Kagali ka Nyakatare, mu Mujyi wa Kanungu, ho muri aka karere ka Kanungu. Umuvugizi wa polisi muri Kigezi, Elly Maate, avuga ko bikekwa ko uwiyahuye yabikoze nyuma yo kurwana n’umugore […]

Umuhanda Kigali-Karongi-Nyamasheke wongeye gufungwa n’inkangu

euvrelaxuaeh2g2.jpg

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, buratangaza ko kuva mu rukerera kuri uyu wa kabiri tariki 16 Gashyantare 2021, umuhunda uhuza Akarere ka Karongi na Nyamasheke wafunzwe kubera inkangu. Uwo muhanda wongeye gufungwa n’inkangu bwa kabiri, kuko tariki ya 12 Gashyantare 2021 na bwo inkangu yari yawufunze ku buryo utari nyabagendwa. Umunyamabanga nshingwabikorwa […]

Yvonne Idamange arrĂȘtĂ©e, accusĂ©e d’incitation au dĂ©sordre public et agression

La Police nationale rwandaise (RNP) en collaboration avec le Bureau d’enquĂȘte du rwanda (RIB) a arrĂȘtĂ© lundi 15 fĂ©vrier Yvonne Idamange Iryamugwiza accusĂ©e d’incitation au dĂ©sordre public, de rĂ©sistance Ă  une arrestation lĂ©gale et de voies de fait graves contre un agent des forces de l’ordre. «Le suspect a utilisĂ© une bouteille pour blesser la […]

Abayobozi bica abatavuga rumwe nabo ni ibigwari – Perezida Museveni

et8a9sewgak9tql.jpg

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yatangaje ko abayobozi bica abatavuga rumwe nabo ari ibigwari,ndetse ari abasazi, akomoza ku kuntu Idi Amin Dada yategetse iyicwa rya Musenyeri mukuru wa Uganda, Janani Luwum,mu 1977, nyuma yo kunenga akarengane yakoreraga abaturage ba Uganda. Ubwo hizihizwaga Umunsi witiriwe uyu wihaye inama mu ngoro ye kuri uyu wa Kabiri, Museveni […]

Gasabo: Minisitiri Shyaka yasubije abaturage isoko ryari ritangiye gusenywa n’Umurenge

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yasubije abahoze ari abazunguzayi uburenganzira bwo gucururiza mu isoko bari bambuwe ndetse ryatangiye gusenywa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo riherereye mu Kagali ka Ngara. Ni isoko bari bahawe n’umugiraneza mbere y’uko Umurenge wa Bumbogo uribambura ukabategeka ko bishakira ahandi bakorera. Umwe muri aba bacuruzi ubwo birukanwagamo […]

Umunsi Perezida Putin akanga Sarkozy akarwara ihungabana bamwe bakagirango yasinze

Icyo gihe hari muri Kamena mu 2007, ubwo nyuma yo kugirana ikiganiro na Vladimir Putin, uwari Perezida w’u Bufaransa Nicolas Sarkozy, yagaragaye imbere y’itangazamakuru yahungabanye bamwe bagakeka ko yaba yanyweye inzoga nyamara ari amagambo ateye ubwoba yari amaze kubwirwa nyuma yo kwiha kwigisha Putin. Nicolas Sarkozy wari umaze igihe gito atorewe kuyobora u Bufaransa mu […]

Arabia Saoudite: Urukiko rwakatiye umugore wishe umukozi wo mu rugo ukomoka muri Bangladesh

Urukiko rwo muri Arabia Saoudite rwakatiye igihano cy’urupfu umugore wo muri iki gihugu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umukozi we wo mu rugo ukomoka muri Bangladesh, umwanzuro abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko ari imbonekarimwe ku bakoresha bo muri iki gihugu bakunze guhohotera abakozi b’abimukira baba bagiye gushaka akazi mu Burasirazuba bwo Hagati. Uyu […]

Icukumbura: Indi sura y’umuvugabutumwa, EV. Igihozo Josiane ikomeje kujya ahagaragara

Uko iminsi igenda ishira kuva Ev. Igihozo Josiane yashyirwa mu majwi na madamu Mukandahiro Violette amushinja kuba yaramutwariye umugabo witwa Uwizeye Ernest akamutana abana icyenda, kuri ubu bakaba babayeho ubuzima bushaririye, amakuru akomeje kugenda atohozwa na Bwiza akomeje kugaragaza indi sura y’uyu muvugabutumwa benshi bashobora kuba batazi bitewe n’ibyo abamuzi baturanye n’iyi miryango yombi bagenda […]

RDC: Abantu 16 nibo baguye mu bitero ku bigo 2 bya gisirikare muri Lubumbashi

Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko abantu 16 barimo inyeshyamba 12 za Bakata-Katanga, abasirikare batatu, n’umwana nyuma y’aho izi nyeshyamba zicengeye kuri iki Cyumweru gishize muri Lubumbashi. Nk’uko itangazo ryashyizweho umukono mu ijoro ryo ku Cyumweru gishize n’Umuvugizi wa FARDC, Maj. Gen. LĂ©on Richard Kasonga, urubuga 7SUR7.CD rwabashije kubona kopi yarwo kuri […]

Lubumbashi: Abasirikare 4 ba FARDC biciwe mu gitero ku kigo cya gisirikare cya Kimbembe

Abantu 11 barimo abasirikare bane ba FARDC kuri iki Cyumweru, itariki 14 Gashyantare biciwe mu gitero cy’inyeshyamba za Mai-Mai ku Kigo cya Gisirikare cya Kimbembe giherereye muri Lubumbashi. Umuyobozi w’Umujyi wa Lubumbashi watanze aya makuru, yavuze ko umusivili nawe yishwe n’isasu ryayobye. Ku ruhande rw’inyeshyamba ho hapfuye izigera kuri esheshatu. Usibye abaguye muri iyi mirwano […]

Abarengera abaguzi ntibumva ukuntu ibiciro bizamuka hari ibicuruzwa byabuze isoko

Umuryango urengera uburenganzira bw’abaguzi (ADECOR) ntiwumva ukuntu ibiciro byazamutse ku isoko kandi hari aho ibicuruzwa byabuze isoko. Ibi biravugwa mu gihe Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NSIR) igaragaza ko ibiciro by’ibiribwa, ibicanwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 3.5% muri Mutarama 2021. Mu mijyi no mu byaro, abaturage bavuga ko byemezwa n’igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro cyakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyasohowe […]

Abagore 10 ba mbere b’abaherwe muri Afurika

1024px-isabeldossantos242.jpg

Kuva muri Nigeria, Afurika y’Epfo kugera muri Angola, abagore b’Abanyafurika bakomeje kugenda bazamuka mu rwego rwa business, aho nabo bagenda bagira ubushobozi bwo kuba bahangana n’abandi, abagabo n’abagore bo mu bihugu byateye imbere nk’uko urutonde tugiye kubagezaho dukesha answersafrica.com rubigaragaza. 1. Isabel Dos Santos (Miliyari 2,2$) Isabel Dos Santos, umukobwa w’uwahoze ari Perezida wa Angola, […]

Burundi: Imbonerakure yambuye umuturage mbere yo kumuroha mu ruzi rwa Rusizi

Inzego z’umutekano mu Burundi zirimo guhiga umusore w’Imbonerakure (urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD) ushinjwa kwambura umwe mu Barundi batatu bari bagiye kujya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yarangiza akamuroha mu ruzi rwa Rusizi. Abo Barundi batatu bashakaga kujya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo banyuze ku ruzi rwa Rusizi, batewe n’umwe mu bagize ishyaka riri ku […]

Yatawe muri yombi agerageza kugurisha umwana we kuri facebook

Umugabo wo mu gihugu cya Misiri wagerageje kugurisha umuhungu we abinyujije kuri facebook yatawe muri yombi n’ubuyobozi nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri iki gihugu kuri uyu wa Gatandatu. Uyu mugabo ucuruza imbaho ahitwa Giza mu Misiri, yafashwe nyuma y’igikorwa cy’inzego z’umutekano zakurikiranye ibyo akorera kuri internet nk’uko byatangajwe na Al Youm Al Sabea. Uyu yanishyuye […]

Uganda: Museveni yemeye ko abantu batawe muri yombi ariko nta waburiwe irengero

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, yiyemereye ko inzego z’umutekano zagiye zita muri yombi abantu hirya no hino mu gihugu mbere gato na nyuma y’amatora, ariko ahakana ko hari abantu baburiwe irengero. Ibura ry’abantu by’umwihariko abashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu minsi yegerezaga amatora yo muri Mutarama 2021 cyangwa nyuma yaho, rikaba […]

Njyewe nafatiwe mu nzira ntaha, ntawamfashe ndi kunywa inzoga – Miss Viviane

Uwizeye Vivine uzwi nka Miss Viviane aranyomoza amakuru yavugaga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu yatawe muri yombi asanzwe mu Murenge wa Jali, ari kumwe n’abandi bantu mu rugo barugize akabari. Ku murongo wa telephone avugana na Bwiza.com, Miss Vivine yavuze ko atigeze afatwa arimo kunywa inzoga ahubwo yafatiwe mu nzira ataha. Ati: […]

Abakuru b’inzego z’umutekano mu Rwanda na RDC bateraniye i Kigali mu biganiro

eug9flqxcaqup1g.jpg

Abayobozi b’inzego z’umutekano mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira ubufatanye hagati y’impande zombi mu nama yateraniye i Kigali kuri uyu wa Gatandatu. Nta byinshi biratangazwa byaganiriwe muri iyi nama, gusa kuva ari ibiganiro hagati y’abakuru b’inzego z’umutekano bishobora kuba bifitanye isano n’ibibazo by’umutekano bikunze mu burasirazuba bwa Congo, biterwa […]

Umusaza w’imyaka isaga 60 arashinjwa gufata ku ngufu umwana w’imyaka ine

Umusaza w’imyaka isaga 60 yafashe ku ngufu agakobwa k’imyaka ine y’amavuko mu gace ka Kamako, mu birometero 150 ugana mu majyepfo ya Tshipaka, umurwa mukuru w’Intara ya Kasai, ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu musaza ushinjwa gufata ku ngufu yabikoze mu ijoro ryo kuwa kane, itariki 11 Gashyantare 2021 nk’uko byatangajwe na Padiri […]