Umugore wa Perezida wa Syria ashobora kwamburwa ubwenegihugu bw’u Bwongereza

Igipolisi cyo mu Bwongereza cyatangije iperereza ku birego bishinja Asma al-Assad, umugore wa Perezida wa Syria, Bashar al-Assad gushoza no gushishikariza ibikorwa by’iterabwoba muri Syria. Asma al-Assad, usanzwe ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza n’ubwa Syria, ashobora kwamburwa ubu bwenegihugu bw’u Bwongereza mu gihe yahamwa n’icyaha nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo mu Bwongereza. Igipolisi cy’u Bwongereza kuri iki […]
RDC: Inzara iravuza ubuhuha muri Gereza ya Rutshuru, abagera ku 10 bamaze gupfa
Nibura abagororwa icumi bishwe n’inzara kuva mu ntangiriro za 2021 muri gereza nkuru ya Rutshuru iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru . Abagize sosiyete sivile yo muri kariya gace batangaje aya makuru bagaragaza ko n’ubuvuzi bubi nabwo buri mu biri gutera izo mfu. Umuryango utegamiye kuri Leta wo muri Rutshuru witwa Badilika, usobanura ko aho bafungiye ari […]
Inyeshyamba za ADF zirashinjwa kwica abarwayi bari bari kwa muganga
Byibuze abasivili batatu, barimo n’umugore, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Werurwe, biciwe mu ivuriro mu gitero gishya cyitiriwe inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Force) mu mudugudu wa Kalalangwe, uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’Umujyi wa Mamove, mu burengerazuba bwa Oicha, muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe abandi benshi baburiwe irengero. Nk’uko byatangajwe […]
Ikinyamakuru Charlie Hebdo kizwiho gusebanya kibasiye Umwamikazi Elisabeth
Ikinyamakuru Charlie Hebdo cyo mu Bufaransa gikunze gukora inkuru zishushanyije ariko zisa nk’izisebanya cyongeye gukora agashya gikora ifoto y’Umwamikazi Elisabeth w’u Bwongereza yapfukamye ku gakanu ka Meghan Markle, umugore w’umwuzukuru we, Harry, kigaragaza uyu Meghan avuga ko atabashaga guhumeka, gisa nk’igishaka kwibutsa ibyabaye ku mwirabura w’Umunyamerika George Floyd wishwe n’umupolisi yamupfukamye ku gakanu mu mwaka […]
FARDC igiye kwambura intwaro abazitunze mu buryo butemewe muri Minembwe
Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kirahamagarira abantu bose batunze intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Minembwe, ho muri Teritwari ya Fizi, muri Kivu y’Amajyepfo, kuzishyikiriza ubuyobozi bwa brigade ya 12. Igisirikare cya Congo kandi cyongeyeho ko abo basivili batunze intwaro ntibanga kuzitanga ku bushake kizakora igikorwa cyo kuzibambura […]
Igisirikare cy’u Burundi cyagize icyo kivuga ku ngabo zacyo zivugwa ku butaka bwa RDC

Igisirikare cy’u Burundi cyateye utwatsi ibirego bigishinja kuba hari ingabo zacyo ziri ku butaka bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Teritwari ya Uvira. Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wacyo, Col. Floribert Biyereke, Igisirikare cy’u Burundi cyatangaje ko ayo makuru akomeje gukwizwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga agamije guhindanya isura yacyo. “Amakuru y’ibinyoma avuga […]
RDC yiyongereye ku bihugu bimaze guhagarika urukingo rwa AstraZeneca
Mu rwego rwo kwirinda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo gusubika itariki yo gutangiriraho gutanga urukingo rwa coronavirus. Itariki nshya izamenyeshwa bidatinze, mu gihe “ibisubizo by’iperereza ririmo gukorwa ku rwego rw’igihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga ku rukingo rwa Astrazeneca” bizabonekera. Twabibutsa ko ibihugu birindwi byo mu Burayi, birimo na Danemark na Norvege, […]
Idi Amin yacunze Obote yitabiriye CHOGM afata ubutegetsi – Udushya twaranze izi nama
U Rwanda rwitegura kwakira inama ya 26 y’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza, nicyo gihugu cya nyuma giheruka kwinjira muri uyu muryango cyujuje umubare wa 54 w’ibinyamuryango. Nicyo gihugu kandi cya kabiri nyuma ya Mozambique cyinjiye muri uyu muryango nta mateka cyari gifitanye n’Ubwami bw’u Bwongereza kuko kitari mu bihugu bwakolonije. Mu gihe rero hiteguwe iyi nama […]
Callixte Sankara wari umuvugizi wa FLN yemeye ibindi byaha umunani
Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Werurwe, Callixte Nsabimana uzwi ku izina rya Sankara, yemeye ibindi byaha umunani aregwa. Yitabye urukiko rwisumbuye rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, hamwe n’abandi 20 baregwa. Iri tsinda rikurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba, nyuma yo kugira uruhare mu bitero byibasiye igice cy’amajyepfo y’igihugu hagati ya 2018 na 2019, […]
L’ArmĂ©e Rwandaise entame la rotation de ses soldats de la paix au Soudan du Sud
La Force de dĂ©fense du Rwanda (RDF) a lancĂ© l’opĂ©ration de secours en place, ou rotation des troupes dĂ©ployĂ©es Ă Malakal, au Soudan du Sud, dans le cadre de la Mission des Nations Unies dans le pays. Selon les RDF, le premier groupe de 128 casques bleus du 157e bataillon d’infanterie a quittĂ© Kigali le […]
Muhanga: Umukozi wo mu rugo washinjwaga kwiba umwana yahamijwe icyaha arakatirwa
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga kuri uyu wa Gatatu ushize rwahamije icyaha Tuyishime Diane w’imyaka 18 wari umukozi wo mu rugo wibye umwana w’imyaka 4 yigeze kurera, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 2, agafungwa umwaka umwe muri Gereza, undi mwaka ukaba usubitswe mu gihe cy’umwaka. Umumotari wakekwagaho ubufatanyacyaha we yagizwe umwere kuko nta mugambi wo kwiba umwana […]
Ibifaru 10 bya mbere biteye ubwoba ku rugamba ku Isi

Abakurikirana inkuru z’intambara ziba hirya no hino ku Isi bashobora kuba bibaza ibimodoka by’intambara by’imitamenwa birusha ibindi ubushobozi, ibigezweho ndetse n’impamvu, akaba ari muri urwo rwego tugiye kubagezaho urutonde rw’ibifaru 10 bya mbere byiza ku rugamba nk’uko tubikesha urubuga rukunze gukora inkuru z’igisirikare rwitwa militarytoday.com. 1. Leopard 2A7 (U Budage) Iki gifaru ni version nshya […]
Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa RDC yeguye mu ishyaka PPRD rya Joseph Kabila
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Matata Ponyo, Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Werurwe 2021, yatangaje ko atakibarizwa mu ishyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la DĂ©mocratie)ryahoze ku butegetsi riyobowe na Joseph Kabila, ndetse no mu ihuriro FCC (Front commun pour le Congo) ry’amashyaka ashyigikiye […]
Abadepite b’Ababiligi basabye ko Rusesabagina asubizwa mu Bubiligi
Abadepite bo mu Bubiligi basabye ko Paul Rusesabagina uri mu maboko y’ubutabera bw’u Rwanda ndetse akaba afite ubwenegihugu bw’iki gihugu, asubizwa mu Bubiligi kuko yatawe muri yombi binyuranyije n’amategeko. Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi, umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kane nibwo yatoye umwanzuro ku kibazo cya Paul Rusesabagina, aho abadepite bavuga ko yatawe muri yombi […]
RDC: Hagiye gutangizwa ubukangurambaga bwiswe “U Rwanda rwagutwaye iki?”
Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo hatagiye gutangizwa ubukangurambaga bwiswe, U Rwanda rwagutwaye iki? Bugamije kurushaho gukangurira urubyiruko rw’Abanyekongo n’Abanyarwanda kurushaho kubana mu mahoro n’ubwumvikane. Gahunda yo kwigisha no gukangurira abantu benshi yiswe PMVS (Programme Multisectoriel de Vulgarisation et Sensibilisation) yatangije igikorwa cyo gusura ba ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo […]
Abashinja Guverineri wa New York ihohotera rishingiye ku gitsina bakomeje kwiyongera
Umugore wa gatandatu yashinje Guverineri wa New York, Andrew Cuomo kumukorera ihohotera rishingiye ku gitsina ndetse n’imyitwarire idakwiye, avuga ko uyu muyobozi yamukozeho mu buryo budakwiye aho yari atuye mu mwaka ushize. Ikinyamakuru Times Union, cyo mu mujyi wa Albany muri Leta ya New York, cyavuze ko iki kirego cyatanzwe n’umukozi wa guverineri utatangajwe amazina. […]
Umugore yiyemeje gufata intwaro ajya mu ishyamba ashaka kwihorera kuri FDLR
Umugore wiswe Faida wo muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu birometero bikeya uvuye muri Teritwari ya Masisi, yahishuye ko yafashe icyemezo cyo gufata intwaro akajya mu ishyamba afite intego yo kwihorera ku nyeshyamba z’Abanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR ashinja kuba zaramukoreye ibya mfura mbi. Faida avuga ko yafashwe […]
Impamvu abagore batwite n’abonsa batemerewe urukingo rwa Covid-19
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, kiratangaza ko ababyeyi batwite n’abonsa, batari mu bagomba guhabwa urukingo rwa Covid 19 mu buryo bwihutirwa bitewe nuko nta bushakashatsi bwakozwe kuri ibyo byiciro. Ni mu gihe ababyeyi bari muri ibi byiciro, bavuga ko bifuza ko haboneka inkingo za Covid 19 zahabwa ababyeyi bo muri ibyo byiciro kandi ntibibagireho ingaruka. […]
Centrafrica: Ingabo za leta n’abazifasha barashinjwa gukoresha intwaro zitemewe
Ihuriro ry’imitwe irwanya ubutegetsi bwa Centrafrica, CPC rirashinja ingabo za leta n’izindi zizifasha gufata nabi abaturage no gukoresha intwaro zitemewe (armes non conventionnelles) mu bice zigenda zigarurira byahoze mu maboko y’inyeshyamba, ibirego Guverinoma y’iki gihugu yateye utwatsi igasaba CPC kugaragaza ibimenyetso. Umuvugizi wa Guverinoma ya Centrafrica, Ange Maxime Kazagui, kuri televiziyo y’igihugu yavuze ko icyo […]
Nyaruguru: Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Maraba yatawe muri yombi
Uwitwa Nyiraneza Rose wari Umuyobozi w’Ikigonderabuzima cya Maraba, mu Karere ka Nyaruguru ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, aho akekwaho kunyereza umutungo w’Ikigo nderabuzima yayoboraga mbere. Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, yatangaje ko ubuyobozi bw’akarere ari bwo bwashyikirije RIB uyu muforomo. Avuga ko Nyiraneza Rose yafashwe nyuma […]
Le prĂ©sident du Conseil de l’UE a rendu hommage aux victimes du gĂ©nocide contre les Tutsis
Le prĂ©sident du Conseil europĂ©en, Charles Michel, s’est rendu lundi sur le site du mĂ©morial du gĂ©nocide de Kigali pour rendre hommage aux victimes du gĂ©nocide de 1994 contre l’ethnie tutsis. Le mĂ©morial de la capitale rwandaise Kigali est un lieu de repos pour plus de 250,000 victimes du gĂ©nocide au cours duquel environ 1 […]
Uganda: Uruhinja rwari rwatabwe ari ruzima basanze rugihumeka
Abaturage bo mu mudugudu wa Gakoro, mu Mujyi wa Bunagana, ho mu Karere ka Kisoro muri Uganda babyukiye mu kumiro kuri uyu wa Kabiri ubwo babonaga uruhinja rwari rwashyinguwe ari ruzima rugihumeka. Uru ruhinja rw’umukobwa, bikekwa ko rumaze hafi ukwezi ruvutse rwabonwe n’umuturage witwa Jovia Nyiranone, wari ugiye mu murima we. Nyiranone avuga ko yageze […]
Kivu y’Amajyepfo: Abantu batamenyekanye bagabye igitero ku kigo cya Monusco
Ikigo cya gisirikare cya Monusco giherereye ahitwa Baraka muri Teritwari ya Fizi, kuri uyu wa Mbere, itariki 08 Werurwe, cyagabweho igitero n’abantu bitwaje intwaro. Nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ibanze, inyeshyamba zitamenyekanye zateye iki kigo cya gisirikare cya Monusco saa moya z’ijoro zirasa amasasu menshi. Aba bongeyeho ko hataramenyekana neza icyihishe inyuma y’iki gitero kitagize umuntu gihitana […]
Meghan Markle yibasiwe bikomeye na mukuru we nyuma y’ikiganiro na Oprah Winfrey

Samantha Markle, mukuru wa Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry cyo mu Bwongereza, yibasiye uyu murumuna we avuga ko afite ikibazo cyangwa uburwayi bwa “narcissistic personality disorder”, aho usanga umuntu ufite iki kibazo arangwa no kumva ari we w’ingenzi wenyine yumva yakwitabwaho kurusha abandi, mu gihe avuga ko umugabo we Harry nawe afite ikibazo cya “Stockholm […]
USA: Ku munsi wabo, abagore babiri bazamuwe mu buyobozi bwo hejuru mu gisirikare

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere, itariki 08 Werurwe, ubwo Isi yose yizihizaga Umunsi w’Abagore, yagennye abagore babiri mu buyobozi bw’ingabo z’Amerika, akaba ari umugore wa kabiri n’uwa gatatu bageze mu myanya yo hejuru mu ngabo z’iki gihugu. General Jacqueline Van Ovost wo mu gisirikare cyo mu kirere […]
Uruzi rwa Rusizi rushobora guteza umwuka mubi hagati y’u Burundi na RDC
Uruzi rwa Rusizi rutandukanya u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko rwataye inzira ku ruhande rw’Intara ya Cibitoke mu Burundi, aho abaturage bavuga ko byatumye babura imirima yabo bahingagamo iri kuri hegitari zigera mu 100 kuko yimukiye ku ruhande rwa Congo bakaba basaba abategetsi gukemura iki kibazo gishobora guteza umwuka mubi hagati […]
Museveni yahishuye ko abasaga 50 baburiwe irengero bafunzwe n’umutwe ushinzwe kumurinda
Abantu byibuze 51 imiryango yabo yavugaga ko baburiwe irengero bari muri kasho z’Umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu muri Uganda (SFC), nk’uko byahishuwe na Perezida Museveni. Mu ibaruwa yo kuwa 23 Gashyantare, perezidansi ya Uganda yoherereje ikinyamakuru Daily Monitor kuri iki Cyumweru, Perezida Museveni, ari nawe mugaba w’ikirenga w’ingabo, yavuze ko abo bantu bafunze bashutswe n’udutsiko […]
Ibihugu 11 bya Afurika birimo u Rwanda byagezemo ubundi bwoko bwa Covid-19
Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) cyatangaje ko ibihugu 11 byo muri Afurika birimo u Rwanda byemeje ko bimaze kugaragaramo ubundi bwoko bwa Covid-19 buzwi nka 501Y.V2 COVID-19. Ibihugu 11 byo muri Afurika byatangaje ko hari ubwoko bwa 501Y.V2 ni Botswana, Comoros, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Gambia, Ghana, Kenya, […]
ICC: Hategerejwe icyemezo ku kwishyura indishyi abakorewe ibyaha na Gen.Ntaganda
Kuri uyu wa Mbere, itariki 08 Werurwe abacamanza bo mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha barashyira ahagaragara icyemezo cy’indishyi ku bagizweho ingaruka n’ibyaha byakozwe na Bosco Ntaganda, wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Urubanza rwa Bosco Ntaganda rwatangiye muri Nzeri 2015, mu Ugushyingo 2019 akatirwa igifungo cy’imyaka […]
Ibihugu 10 bya mbere biteye imbere muri demokarasi muri Afurika
Demokarasi ni uburyo bw’imiyoborere buri kugeragezwa mu bihugu byinshi bya Afurika. Icyakora, demokarasi ishingiye ku bintu nk’ubwisanzure bw’abaturage, imikorere ya guverinoma, uruhare rwa politiki, umuco wa politiki, inzira y’amatora n’ubwiganze. Ibihugu rero bishyirwa ku rutonde hakurikijwe ubwoko butandukanye bwa demokarasi. Dore ibihugu 10 biteye imbere muri demokarasi muri Afurika 10. Madagascar Repubulika ya Madagascar ifata […]
Muhanga: Uwishe umugore we amukubise isuka mu mutwe yakatiwe urumukwiye
Mu mpera z’icyumweru gishize Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo witwa Ntigurirwa Daniel wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu biturutse ku bushake. Uyu mugabo akaba yarishe umugore we amuhondaguye isuka mu mutwe. Ni icyaha cyakozwe saa munani z’ijoro ku itariki 04 Gashyantare ubwo Ntigurirwa Daniel wo mu Mudugudu wa Nyabubare, Akagari […]
Hamenyekanye ko François Bozizé ari we Muhuzabikorwa Mukuru w’inyeshyamba za CPC
Muri Repubulika ya Centrafrique, ingabo zikomeje gutera imbere ku butaka zirwanya ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba irwanya ubutegetsi, CPC, zifashijwe n’ingabo z’u Rwanda n’Abarusiya. Iri huriro ryavutse kuwa 15 Ukuboza, ritangiye kumenyekana neza kurushaho. RFI yashoboye gusuzuma inyandiko zemeza ko François BozizĂ© aherutse kwemera kuba umuhuzabikorwa w’iri huriro vuba aha. Nyuma y’amezi atatu rishinzwe, ku ya 15 […]
VIDEO: Yogoshe Perezida Kagame, Rwigema, ndetse na Pasteur Bizimungu, ubu arasaba inkunga
Me Kenyatta wogoshe abanyacyubahiro batandukanye mu gihugu kuva kuri Pasteur Bizimungu, Rwigema, kugeza kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame n’umuryango we, arasaba abamuzi kumutera inkunga nawe akazagira amasaziro meza, aho yifuza kugira inzu y’ubwogoshero ye akikorera. Ibi yabitangaje mu kiganiro na Bwiza TV ubwo yasuraga abakora umwuga wo kogosha mu Mujyi wa Kigali, aho uyu […]
Australia: Urukingo rwa AstraZeneca rwahagaritswe nyuma y’aho umuntu apfuye
Abayobozi ba Australia bahagaritse ikoreshwa ry’urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca mu gihe hakomeje iperereza ku rupfu rw’umuntu wapfuye amaze kuruhabwa n’undi warembye nyuma yo kuruhabwa nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru n’Ibiro Ntaramakuru byo muri iki gihugu. “Ibiro bikuru bishinzwe umutekano mu by’ubuvuzi (BASG) byakiriye raporo ebyiri zifitanye isano no gukingiza uru rukingo rwa AstraZeneca mu […]
Yavuye muri coma yakirizwa inkuru y’uko agomba gufungwa
Nyuma yo kumara amezi 7 muri coma, umugabo w muri Australia yakangutse bamwakiriza inkuru y’uko agomba gufungwa azira ubwicanyi, aho bamwe bibaza niba gusohoka muri coma mu by’ukuri hari icyo byamumariye. Iyi nkuru dukesha Afrikbuzz ivuga ko uyu hashize ibyumweru uyu mugabo wo muri Australia avuye muri coma yari amazemo amezi arindwi. Ariko mu gukanguka, […]
Hafashwe toni zigera muri 20 z’urumogi zifite agaciro ka miliyari 20
Toni 17 z’urumogi zifite agaciro ku isoko ka miliyari 20 z’Amafaranga akoreshwa mu burengerazuba bwa Afurika, FCFA (miliyoni 30.4 z’amayero) zari zivuye muri Liban, zinyuze ku cyambu cya LomĂ©, muri Togo zafashwe n’ubuyobozi bwa Niger, akaba ari agahigo kaciwe kuko ari ubwa mbere hafashwe ibiyobyabwenge bingana gutya muri iki gihugu. Minisitiri w’umutekano muri Niger, Alkache […]
Bugesera: Depite Zacharopoulou wazanye na Mushikiwabo mu Rwanda mu bakingiye abaturage

Ari kumwe na Perezida w’Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Charles Michel, umudepite mu nteko ishinga amategeko ya E.U.,Chrysoula Zacharopoulou, bazanye mu ruzinduko mu Rwanda, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, basuye Ikigo Nderabuzima cya Mayange, mu Karere ka Bugesera bakurikirana uko igikorwa cyo gukingira Covid-19 kirimo kugenda. Aba bashyitsi bose biboneye abakora […]
Ibibazo Sonia Rolland yahuye nabyo akigera mu Bufaransa ahunze Jenoside yakorewe Abatutsi

Umunyarwandakazi Sonia Rolland ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, igihugu yabereye Nyampinga mu 2000, aravuga ko akimukira mu Bufaransa n’ababyeyi be nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, hari ibibazo abana bigaga ku kigo yahise ajyanwaho kwiga bamubajije ibibazo bitandukanye birimo no kumenya niba baravuye mu Rwanda yarabaga muri nyakatsi kuko bari barishyizemo ko Abanyafurika baba […]
Injangwe yatumye indege yari ivuye Khartoum ijya Qatar igwa igitaraganya
Injangwe iherutse guteza ikibazo mu indege yari ivuye I Khartoum muri Sudani yerekeza muri Qatar biba ngombwa ko indege imanuka igitaraganya. Ni nyuma y’aho iyi njangwe yari imaze kwinjira aho abapilote baba bicaye ndetse igashaka kuruma umupilote. Nyuma yo kunanirwa guturisha iyi njangwe, hafashwe icyemezo cyo kumanura indege byihuse nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Al-Sudani cyo muri […]
Ibihugu 25 bifite ubwenge bwinshi kurusha ibindi ku Isi

Isosiyete yo mu Bwongereza yagerageje gusobanura urutonde rw’ibihugu “bifite ubwenge” cyangwa bifite abanyabwenge benshi kurusha ibindi ku Isi. Kugirango ibigereho, yashingiye gusa ku bipimo bya siyansi. Iyi sosiyete yitwa Vouchercloud yazirikanye ibintu bitatu,nk’uko byatangajwe na CNews: umubare w’ibihembo byitiriwe Nobel byatwawe, impuzandengo y’ubwenge (I.Q.) imyaka y’abaturage (hagendewe ku makuru ya 2012) n’urwego rw’amashuri rw’abanyeshuri (amakuru […]
Gal Gadot: Yabaye Miss n’umusirikare muri Israel, ubu ni umwe mu bakinnyi ba filime bahembwa akayabo ku Isi

Gal Gadot Varsano yavutse ku ya 30 Mata 1985. Ni umukinnyi wa filime w’Umunya-Israel, umuproducer, akaba n’umunyamideli. Afite imyaka 18, yambitswe ikamba rya Miss Israel mu 2004. Nyuma akora imyaka ibiri gisirikare cya Israel ari umusirikare, nyuma atangira kwiga muri kaminuza ya IDC Herzliya, mu gihe yubakaga umwuga we wo kuba umunyamideli. Role ya mbere […]
VIDEO: Abayobozi muri ADEPR bakurikiranweho gukorana n’umutwe w’iterabwoba
Amakuru agera kuri Bwiza.com yanagaragaye ahantu hatandukanye kuri uyu wa Gatandatu aravuga ko abahoze ari abayobozi muri ADEPR barimo n’ukiri umuyobozi witwa AurĂ©lie Umuhoza usanzwe ushinzwe ubukungu, imari n’imishinga muri iri torero, bakurikiranweho n’ubugenzacyaha gukorana n’umutwe w’iterabwoba utavuzwe izina. Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, wemeza ko Umuhoza adakurikiranwe wenyine ahubwo ari kumwe n’abandi […]
Ingabo za Eritrea zirashinjwa kwica Abanya-Tigray amagana
Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch uremeza ko ingabo za Eritrea mu Ugushyingo umwaka ushize zishe amagana y’abaturage bo mu Ntara ya Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia. Raporo ya HRW yasohowe kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Werurwe yari ubusesenguzi bwa kabiri bwagutse ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi byakozwe n’ingabo za Eritrea […]
Urugomo n’ubwicanyi byakorewe Abatutsi mu 1973 mu makomine ya Ntongwe, Masango, Runda na Kayenzi
Nk’uko bisobanurwa n’ubushakashatsi Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muyahoze ari Perefegitura ya Gitarama ubwicanyi n’ibikorwa by’urugomo byibasiye Abatutsi mu 1973 byakozwe guhera mu mpera za Gashyantare 1973. Umugambi w’abateguye ibyo bikorwa bibi kwari ukwibasira Abatutsi bose bahereye ku bari mu mashuri no mu kazi. Abayobozi bakuru ba […]
Afurika y’Epfo yateye utwatsi amabwiriza mashya y’imikoreshereze WhatApp ishaka kuzana
Igihugu cya Afurika y’Epfo ari nacyo cya mbere giteye imbere ku mugabane wa Afurika cyanze kuzubahiriza amabwiriza mashya yashyizweho na sosiyete itanga serivisi zo kohererezanya ubutumwa izwi nka WhatsApp. Abategetsi bo muri Afurika y’Epfo bavuze ko batemeranya n’imishinga WhatsApp ifite yo guhindura amabwiriza ajyanye no guhisha amakuru y’umuntu ikajya iyasangiza sosiyete mukuru wayo ya Facebook, […]
Abakorana na sosiyete y’ubucuruzi yitwa Health People Group (HPG) baburiwe
Abakorana na sosiyete “Health People Group” (HPG) mu bijyanye n’ubwishingizi bwo kwivuza baraburirwa na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) ivuga ko iyi sosiyete itabifitiye uburenganzira, kubw’ibyo uzahura n’ingaruka azabyimenyera. BNR ivuga ko nk’urwego rugenzura umurimo w’ubwishingizi, ifite amakuru agaragaza ko iriya sosiyete y’ubucuruzi ya HPG yitwara nk’aho icuruza ubwishingizi by’umwihariko ubwo kwivuza ndetse n’izindi serivisi z’ubwishingizi […]
Covid-19 au Rwanda: La vaccination démarre dans tout le pays
Le Rwanda a lancĂ© la vaccination contre le COVID-19 auprès des catĂ©gories Ă haut risque, notamment le personnel mĂ©dical, les dirigeants locaux et les chefs religieux, entre autres. Le pays, le 3 mars, a reçu plus de 300 000 doses de vaccins COVID-19 de l’initiative COVAX qui a Ă©tĂ© lancĂ©e par l’Organisation mondiale de la […]
Nyarugenge: Isomwa ry’urubanza rw’abashinjwa guhombya leta agera muli miliyari 2 ryasubitswe
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwimuriye ku ya 19 Werurwe icyemezo cy’urukiko mu rubanza ku manyanga mu itangwa ry’amasoko ya leta ruregwamo Caleb Rwamuganza, wahoze ari umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’imari n’abandi bayobozi bakuru muri guverinoma. Uru rubanza rwashyikirijwe urukiko kuva hagati mu mwaka ushize, Rwamuganza na bagenzi be baregwa ibyaha bitandukanye bijyanye no gucunga nabi […]
Abasirikare ba Turkiya barimo umujenerali baguye mu mpanuka ya kajugujugu
Abasirikare 11 ba Turkiya barimo umusirikare mukuru ufite ipeti rya general kuri uyu wa Kane, itariki 04 Werurwe baguye mu mpanuka ya kajugujugu bari barimo yabereye mu burasirazuba bushyira amajyepfo y’igihugu. Minisiteri y’ingabo ya Turkiya yabanje kuvuga ko abasirikare 9 ari bo bapfuye abandi bane bagakomereka, nyuma itangaza ko abandi babiri nabo bishwe n’ibikomere. General […]
Ubu ndi umuntu ufashwe bugwate wambuwe uburenganzira bwe bwa muntu – Rusesabagina
“Nabaye umunyago mfatwa bugwate. Ubungubu ndi umuntu ufashwe bugwate washimuswe afatwa bugwate wambuwe uburenganzira bwe bwose bwa muntu, ” aya ni amagambo yavuzwe na Paul Rusesabagina kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Werurwe 2021, ubwo we n’umwunganira bagaragarizaga urukiko inzitizi zituma adashobora gutangira kuburana mu mizi nk’uko yari yazigejeje ku rukiko mu nyandiko. Me Rudakemwa […]
Abimukira byibuze 80 baroshywe mu nyanja bamwe barapfa
Abimukira byibuze 20 baroshywe mu nyanja ubwo bageragezaga kwambuka hagati ya Djibuti na Yemen nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane n’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurengera Abimukira (IOM). Abarokotse babwiye IOM ko byibuze abimukira 200, barimo abana bari bapakiwe mu bwato ubwo bwahagurukaga ahitwa Oulebi muri Djibuti mu masaha ya kare yo kuwa Gatatu bagiye muri Yemen […]
Abarusha abandi ibyago bya kwandura Covid-19 batangiye gukingirwa

Nyuma y’umunsi umwe doze za mbere z’inkingo za Covid-19 zigejejwe mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu mu bitaro hirya no hino mu gihugu hatangiye ibikorwa byo gukingira ku mugaragaro. Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko igikorwa cyo gukingira Covid-19 mu Rwanda cyatangiye mu turere twose. Ibitaro by’utururere ndetse n’ibigo nderabuzima birimo gukingira ibyiciro by’abarusha abandi ibyago byo […]
Covid-19: Le Rwanda reçoit les premiers vaccins du programme Covax
Le Rwanda a reçu, ce mercredi le 3 Mars, ses premiers vaccins contre le Covid-19 , du programme mondial de partage de vaccins de l’Organisation mondiale de la santĂ© (OMS), Covax. Selon le ministère de la SantĂ©, un vol transportant 240 000 doses du vaccin AstraZeneca / Oxford produit par le Serum Institute of India […]
Bimwe mu bintu bidasanzwe bishobora kuba bihishe i Vatican

I Vatican ni ahantu havugwaho amayobera n’ibihuha byinshi ku bintu byaba bihishe mu ishyinguranyandiko zaho, akaba ari muri urwo rwego tugiye kubagezaho bimwe mu bintu bidasanzwe bivugwa bishobora kuba bihahishe nk’uko tubikesha urubuga Toptenz.net. Icyemeza ko Yesu yaba yarabayeho cyangwa atabayeho Abantu benshi bizera ko Yesu Kristo w’I Nazareti yabayeho ariko hari n’abandi batabyemera. Gusa, […]
RDC: Iyicwa rya Ambasaderi rizatwara imyaka 2 ngo ba mukerarugendo basubizwe icyizere
Umwe mu bayobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko kugirango ubukerarugendo bwongere kubura umutwe muri Pariki ya Virunga bizasaba nk’imyaka ibiri kubera iyicwa rya Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Attanasio. Mu gihe biteganyijwe ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki ya Virunga biteganyijwe ko bizasubukurwa ku itariki ya 01 Mata, […]
Âľ bya firigo zikoreshwa mu Rwanda zirashaje cyane kandi zangiza ibidukikije – REMA
Muri firigo 87,512 zikoreshwa mu Rwanda izisaga ibihumbi 60 (75%) zishaje cyane ku buryo zikoresha amashanyarazi y’umurengera kandi zangiza ibidukikijenk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cyo kurengera ibidukikije, REMA, kivuga ko ari yo mpamvu gikangurira Abaturarwanda kureka ibyo bikoresho ahubwo bagakoresha ibizigama umuriro. Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, avuga ko, gutunga firigo ifasha kubika neza ibintu […]
Umutoza Johnathan McKinstry wa Uganda Cranes yahagaritswe
Umutoza Jonny McKinstry yahagaritswe ku mirimo ye nk’umutoza wa Uganda Cranes, mu gihe kitageze ku myaka ibiri asimbuye kuri aka kazi Umufaransa Sebastian Desabre. Mu magambo make, Fufa yasabye uyu Munya-Irlande y’Amajyaruguru “kujya ku ruhande” hasigaye ibyumweru bike ngo ikipe y’igihugu isubire mu majonjora yo guhatanira itike yo kuzakina Igikombe cya Afurika mu mukino uzayihuza […]
Les dĂ©putĂ©s demandent au gouvernement d’accĂ©lĂ©rer la mise Ă niveau des rĂ©serves de pĂ©trole
Le Parlement a demandĂ© au ministère des Infrastructures de montrer la feuille de route pour la rĂ©habilitation des installations de stockage des rĂ©serves stratĂ©giques de pĂ©trole de Bigogwe dans le district de Nyabihu et de Rwabuye dans le district de Huye. L’appel est l’une des dernières poussĂ©es des lĂ©gislateurs pour augmenter les rĂ©serves de pĂ©trole […]
Musanze: Yishe abantu babiri barimo umwana wari uhetswe abateye icyuma ahita abura
Kuri iki Cyumweru gishize mu Karere ka Musanze umusore yishe ateye icyuma abantu babiri barimo umwana wari uhetswe na nyina yari amaze guhusha ahita aburirwa irengero. Ibi byabaye ahagana mu ma saa tatu z’ijoro ryo ku itariki 28 Gashyantare 2021, ubwo abantu babiri batewe icyuma, umwe agahita apfa undi agapfira mu bitaro bikuru bya Ruhengeri […]
Abakirisitu barohamye mu ruzi bari kubatizwa umupasiteri atabwa muri yombi
Kuri iki cyumweru gishize, itariki ya 28 Gashyantare 2021, abakirisitu ba rimwe mu matorero yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo babonye ibyago ubwo bagenzi babo batatu bari mu muhango wo kubatizwa batwarwaga n’amazi bakaburirwa irengero bikarangira umupasiteri wahabajyanye atabwa muri yombi. Umuhango wo kubatiza wari wateguwe wahise uhinduka inzozi mbi ku Cyumweru, ubwo abakiristu […]