Nigeria: Umugore wâumunyamategeko yivuganye umugabo we arangije amukata igitsina
Urukiko rukuru rwa Igbosere muri Nigeria ruri kuburanisha umunyamategeko wâumugore Udeme Otike-Odibi ukurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umugabo na we wari umunyamategeko yarangiza akamukata ubugabo. Uyu mugore wâimyaka 48 ashinjwa kuba yariyiciye umugabo, Symphorosa Otike-Odibi mu kwezi kwa Gatanu uyu mwaka akaba ahakana ariko ubushinjacyaha bukavuga ko ibimenyetso bimufata. Ingingo ya 165 mu gitabo cyâamategeko ahana […]
Sudani : Urukiko rwakuyeho igihano cyâurupfu cyari cyakatiwe umwangavu wishe umugabo iwabo bamuhatiye
Urukiko rwo muri Sudani kuri uyu wa Kabiri rwisubiyeho ku gihano rwari rwakatiye umwana wâumwangavu wishe umugabo we yakomeje kuburana avuga ko yashakaga kumufata ku ngufu, rumukatira imyaka 5 nkâuko umwunganizi wâuyu mwana avuga. Noura Hussein, wâimyaka 19, uvuga ko se umubyara yamushyingiye umugabo wari na mubyara we, yari yakatiwe nâurukiko rugendera ku matwara ya […]
Rubavu: Hibutswe Abatutsi bo mu Murenge wa Rugerero bishwe muri jenoside
Kuwa kabiri tariki ya 26 Kamena 2018, mu Murenge wa Rugerero Akarere ka Rubavu habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, hibukwa byâumwihariko Abatutsi bo muri uyu Murenge bishwe muri Jenoside. Hanashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa jenoside rwa Rugerero imibiri itanu mishya yâabazize jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse muri uyu Murenge. Igikorwa […]
Malawi: Abafite ubumuga bwâuruhu biteguye gutungurana mu matora ya Perezida
Ishyirahamwe ryâabafite ubumuga bwo ku ruhu muri Mali, ritangaza ko mu matora y’umukuru w’igihugu n’ay’abadepite ateganyijwe mu 2019, rizayatangamo abakandida batandatu. Umuyobozi wâiri shyirahamwe, Overstone Kondowe yatangarije ikinyamakuru The Guardian, ko bashaka kwereka amahanga ko bafite ikindi bari icyo kirenze kubabona mu isura yâabafite uruhu rutandukanye nâurwabo. Akomeza avuga ko mu matora ya Perezida nâayâAbadepite […]
Rwamagana: Rucamwigugu arasaba ubuyobozi kumurenganura ntakomeze gusiragizwa
Rucamwigugu Adolphe utuye mu mudugudu wa Bigabiro arasaba ubuyobozi kumurenganura kubera ikibazo cyâubutaka bwe asabira ibyangombwa ntabihabwe, agashyira mu majwi umukozi ushinzwe ubutaka mu murenge wa Kigabiro ndetse nâumuyobozi wâumudugudu wa Bigabiro banze kumufasha. Rucamwigugu Adolphe avuga ko  ubwo yaburanaga nâumugore we, Mukandori Pascasie, urukiko rwâibanze rwa Kigabiro rwabagabanyije imitungo ariko umuhesha wâinkiko wâumwuga ngo arangiza […]
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994
â Twari hariya tugamije intambara. Twari hafi yo gukubita inyeshyamba za FPR, intwaro zazaga ku birindiro zaduhaga imbaraga muri ubwo bury o,â ibyo ni ibikubiye mu buhamya bwâundi musirikare wâUmufaransa wabaye muri Operation Turquoise wemeza ko ingabo zâu Bufaransa zari zigamije guhagarika FPR nkâuko byanemejwe na mugenzi we, Guillaume Ancel. Ni mu gihe Gen Lafourcade […]
Uganda: Umuhanzi ukizamuka mu muziki yivuganye umukunzi we kugira ngo amenyekane
Polisi ikorera mu gace ka Amolatar muri Uganda icumbikiye umusore witwa Ronald Okao wâimyaka 26, akaba yari nâumuhanzi utaramenyekana mu muziki imuziza kwiyicira umugore wari utwite inda yâamezi 6. Uyu mugabo ngo yivuganye umugore we  Winnie Ajwang wâimyaka 19 nyuma yâuko abapfumu bamubwiye ko namwica azamenyekana vuba ndetse akanahirwa mu mwuga we wo gukora umuziki. […]
U Burundi ntibushobora kwanga gufasha u Rwanda- Philippe Nzobonariba
Umuvugizi wa Guverinoma yâu Burundi, Philippe Nzobonariba avuga ko u Burundi butakwanga gufasha u Rwanda, mu gikorwa cyo gutora umukandida warwo wiyamamariza kuyobora Umuryango wâIbihugu Bihuriye ku Rurimi rwâIgifaransa (OIF). Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru mu mpera zâicyumweru gishinze, Philippe Nzobonariba yatangaje ko nâubwo u Burundi butari bwakira ibaruwa yâu Rwanda rubusaba kuzashyigikira umukandida, Louise Mushikiwabo, […]
Min Kaboneka yahwituye ababa bagifite imyumvire yo guha akato abafite ubumuga
Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Francis Kaboneka yibukije Abanyarwanda ko uburyo ubwo ari bwo bwose bwakoresha mu guha akato cyangwa kubangamira ufite ubumuga wese bubujijwe kandi ko bihanishwa itegeko. Ibi ni bimwe mu byo yagarutsweho ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama yo ku rwego rwâigihugu yareberaga hamwe  ibyagezweho mu guteza imbere abafite ubumuga mu Rwanda, uruhare rwabo mu […]
UPDF yasabye kuyirekera ikibazo cya Gen Kayihura nyuma yâiminsi ishize afunze adashyikirizwa urukiko
Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko Abagande badakwiye kugira impungenge ku gitegereje Gen Kale Kayihura ufunzwe, kigasaba ko cyahabwa umwanya kikita kuri iki kibazo. â Murekere ikibazo cya Gen Kayihura ubuyobozi bwa UPDF. Ubuyobozi buri kukitaho. Ni ikibazo kiri mu biganza byacu kandi kiri kwitabwaho uko bikwiye ,â uwo ni umuvugizi wa UPDF, Brig Richard Karemire. […]
Yambwiye ko namuteye inda mugurira ibyangombwa byose, none hashize amezi 10 atarabyara- Nkore iki?
Nyuma yo guhera mu gihirahiro, nifuje kubagisha inama ngo mumfashe mu kibazo maranye igihe nibaza niba umukobwa yamara amezi 10 atarabyara. ese iyi nda yaba ari iyanjye koko? Nitwa Norbert mba mu mujyi wa Kigali, ndakora mfite akazi keza pe kanyinjiriza areze ibihumbi 200 buri kwezi, nkaba nta mugore ngira ariko hari umukobwa dukundana wambiye […]
Abanyeshuri nâabakozi muri Kaminuza ya Zimbabwe bari mu rugendoshuri mu Rwanda basuye RDF
Abanyeshuri bâabasirikare n’abakozi bagera kuri 17 baturutse muri Kaminuza ya Zimbabwe (ZNDU) bari mu rugendoshuri rwâicyumweru mu Rwanda nkâuko biri muri gahunda zâamasomo yâiyi kaminuza inigisha igisirikare cya Zimbabwe itanga amasomo yo ku rwego rwo hejuru nâamasomo ya politiki ku basirikare nâabayobozi ba gisivili. Itsinda ryaturutse muri Kaminuza ya Zimbabwe kuri uyu wa Mbere ryasuye […]
U Rwanda rwasinyanye amasezerano nâu Burusiya yo gutunganya amabuye avamo ingufu za kirimbuzi
Ikigo cyo mu Burusiya kitwa Rosatom gitunganya ibijyanye nâingufu zâibiturika (Energie nuclaiere) cyamaze gusinyana amsezerano nâu Rwanda yâubufatanye mu gutunganya ubutare bwo mu Rwanda buzabyazwa ingufu zizifashishwa mu nganda zikora amashanyarazi nâibindi bikorwa bitandukanye. Aya masezeano yashyizweho umukono na Ambasaderi wâu Rwanda mu Burusiya, Dr Jeanne DâArc Mujawamariya hamwe n âumuyobozi wungirije ushinzwe imibanire ku […]
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga yâUmuhora wa Ruguru
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yageze I Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Kamena,aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga yâUmuhora wa Ruguru, inama initabirwa na perezida Museveni wa Uganda ndetse nâintumwa idasanzwe ya perezida Salva Kiir wa Sudani yâEpfo. Imishinga yâUmuhora wa Ruguru ikaba ari umugambi wâiterambere watangijwe mu 2013 ugamije […]
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar
Ku munsi wâejo tariki ya 25 Kamena ni bwo perezida Museveni wa Uganda hamwe na Bashir wa Sudani bafatanyije kunga abanyepolitiki 2 bo muri Sudani yâEpfo barimo perezida Kiir ndetse na Mashar wahoze ari Minisiiri we wâIntebe. Kugeza ubu byagaragaye ko ihuriro ryo kuri uyu wa mbere hagati yâaba bayobozi ryagize umusaruro ugereranyije nâiryabaye mu […]
Rutsiro: Barasaba ikimenyetso cyâamateka ya Jenoside ku nkengero zâikiyaga cya Kivu
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Boneza nâindi ikora ku  kiyaga cya Kivu mu karere ka Rutsiro barasaba ubuyobozi bwâakarere nâabafatanyabikorwa bako kububakira ikimenyetso cyâamateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku nkengero zâikiyaga cya Kivu. Ibi ni bimwe mu byo aba barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka karere batangarije ubwo itorero ADEPR muri aka […]
Uganda: Umugabo yarwanye nâumugore we amusuka amazi ashyushye mu maso
Polisi yo mu gace ka Mukono muri Uganda, yafashe umugabo ushinjwa kumena amazi ashyushye mu maso y’umugore we ubwo barwanaga. Nkâuko bitangazwa na Polisi, Ephraim Luyira wâimyaka 36 yâamavuko niwe ushinjwa kumena umugore we witwa Betty Nyamiradayizima amazi ashyushye mu maso. Ikinyamakuru chimpreports kigatangaza ko Luyira yageze aho kwangiza umugore we nyuma yâamakimbirane bagiranye amushinja […]
Nyamagabe: Umugabo yashatse gutema umuhungu we amuhushije yirara mu rutoki rwe
Umugabo wâimyaka 52 yâamavuko wo mu Karere ka Nyamagabe ari mu maboko ya polisi akurikiranweho icyaha cyo kugerageza kwica umuhungu we no kumutemera urutoki. Biravugwa ko uyu mugabo witwa Damascene Ntamazeze, utuye mu mudugudu wa Nyamirama, Akagali ka Ngoma, mu Murenge wa Cyanika, yari afitanye ubwumvikane bucye nâumuhungu we wâimyaka 17. Icyaha cyo kugerageza kumwivuna […]
Kenya: Umupadiri umaze kubaka izina mu njyana ya Rap yahagaritswe
Umupadiri wo mu gihugu cya Kenya umaze kwamamara kubera injyana ya Rap akora mu guhindura abantu yahagaritswe na kiliziya Gaturika abarizwamo. Uyu Paul Ogalo bahimba ‘Sweet Paul’ akora injyana ya Rap nkâuburyo bwo kwiyegereza urubyiruko rwinshi ashaka ko rwitabira misa. Avuga ko umuziki ari inzira nziza cyane, atari ukugirango wiyegereze urubyiruko gusa, ahubwo no mu […]
Musanze: Umugabo yafashwe na Polisi apakiye imifuka 17 yâinzoga itemewe mu Rwanda
Polisi mu karere ka Musanze; biturutse ku makuru yahawe na bamwe mu bahatuye, yafashe umugabo witwa Gaseminari Jacques apakiye imifuka 17 yâinzoga itemewe mu Rwanda yitwa Blue Sky mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite nimero ziyiranga (Pulake) RAC 349T. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâAmajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana […]
MoĂ ÂŻse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo
MoĂ ÂŻse Katumbi, umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta iriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko mu kwezi gutaha azasubira muri iki gihugu mu bikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya wâumukuru wâigihugu. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Katumbi yavuze ko kuba yasubira mu gihugu cye cyâamavuko ari uburenganzira bwe, ndetse ko nta nâubwoba bimuteye. Ati […]
Rwamagana: Abagore barasaba ko abagabo badashaka kuboneza urubyaro Leta yajya ibahana
Abagore bo mu karere ka Rwamagana bashinja abagabo babo kudindindiza gahunda zo kuboneza urubyaro no kubyara abo bashoboye kurera, bamwe ngo ntibumva akamaro kabyo bitewe nuko inshingano zo kurera no kwita ku miryango baziharira abagore. Â Nabo bakaba basaba ko Leta yajya ihana abo bagabo. Babitangaje ku wa Mbere tariki ya 25 Kamena 2018, mu […]
Perezida Kagame yahuye nâitsinda rimufasha mu kwiga ku mavugurura ya AU
Kuri uyu wa 25 Kamena 2017 i Kigali, Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Mussa Faki uyobora komisiyo yâumuryango wâAfurika yuze ubumwe hamwe nâitsinda ryâintiti zimufasha mu mavugurura akenewe mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe. Mu kiganiro aba bayobozi bagiranye, bagarutse ku mavugururwa yakozwe muri uyu muryango ashingiye ahanini ku kuba […]
U Buhinde: Imbeba zariye amafaranga asaga Ibihumbi 8 byâAmapawundi ziyasanze mu cyuma cya ATM
 Mu gihugu cyâu Buhinde, haravugwa inkuru yâimbeba ziherutse kwibasira amafaranga yo mu cyuma gisanzwe kizwiho gutanga amafaranga, Automated Teller Machine (ATM) mu buryo bwâikoranabuhanga bakaza gutahura ko zirimo zimaze gucagagura asaga ibihumbi 8 byâAmapawundi. ikinyamakuru DailyStar, kivuga ko amafaranga acikaguritse yagaragaye bwa mbere ku itariki ya 20 Gicurasi uyu mwaka ariko ntibabyiteho kugeza ubwo kuwa […]
Nyamasheke/ Macuba: Imibiri icyenda yâabazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
Kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe abatutsi mu mirenge ya Macuba na Karambi  mu karere ka Nyamasheke byaranzwe no gushyingura mu cyubahiro imibiri 9 yâabazize Jenoside, muri iyo imibiri 4 ikaba yaragiye iboneka mu mirima abaturage bahinga,indi 5 ikaba yari ishyinguye ahatari mu rwibutso rwa Jenoside. Bamwe mu barokokeye kuri paruwasi gatulika ya Hanika […]
Igifaransa ntaho cyagiye, kiri mu ndimi enye zemewe, kirigishwa mu mashuri- Amb. Nduhungirehe
Itorwa ryâumunyarwandakazi, Mushikiwabo Louise ku bunyamabanga bwa OIF si iryo gushidikanywaho, cyane ko ashyigikiwe na Perezida wâu Bufaransa Macron na Perezida Kagame uyoboye Umuryango wâUbumwe bwa Afurika ubu. Mu kiganiro nâabanyamakuru cyo ku wa Gatanu tariki 22 Kamena, abanyamakuru babajije Amb.Nduhungirehe niba Mushikiwabo atazagorwa no kubona amajwi, cyane ko mu Rwanda Igifaransa bagikenetse. Nyamara Nduhungirehe […]
Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar
Nyuma yâuko Abanyepolitiki 2 bo muri Sudan yâEpfo barimo perezida Salva Kiir na Riek Mashar uri mu buhungiro muri Repubulika yâAfurika yâEpfo bahuriye Addis Abeba muri Ethiopia mu biganiro byâamahoro bikarangira nta muri uvuyemo, IGAD yasabye ko perezida Museveni ajya kunga bariya bagabo. Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Kamena ari bwo […]
Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n'urubuga rwa Youtube -Amafoto
Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka mu gihugu cya Tanzania yamaze gusinyana amasezerano y’ubufatanye n’urubuga rwa youtube ruherereye ku mugabane w’Amerika mu mujyi wa Calfornia. Nkuko byatangajwe na Diamond ubwe abinyujije ku rubuga rwe rwa instagram yagize ati”umuhuro n’abagize urubuga rwa youtube wagenze neza,mwese ndizerako mutihanganiye gutegereza ibizavamo, kimwe nanjye kwihangana byananiye” Aya masezerano Diamond yasinyanye na […]
PM Ngirente yatumijwe muri Sena gusobanura umugambi wa Guverinoma kuri gahunda zo kuboneza urubyaro
Sena yâu Rwanda yatumije Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard Ngirente, ngo atange ibisobanuro ku byo Guverinoma iteganya gukora mu kongerera abaturage imbaraga nâubumenyi ku bijyanye no kuboneza urubyaro ndetse no gutuma bose bakoresheje uburyo bugezweho. Iki cyemezo cya Sena cyafashwe nyuma yuko hakozwe isuzuma na Komisiyo ya ishinzwe imibereho myiza, uburenganzira bwa muntu nâibibazo byâabaturage ikorera […]
Utarahagarika izi ngeso ntuzahirahire utereta umukobwa
Burya gushaka ni igikorwa cya kigabo ntago bishobora buri wese kandi gushaka no gukomeza urugo ni ikindi niyo mapamvu mu gihe hari ingeso za kunaniye uba usabwa kubanza kwitekerezaho mbere yo gufata icyo cyemezo Mu gihe cyose urangwa nizi ntekerezo ntuzirirwe uhirahira ngo ushake umugore cyangwa umugabo kuko ntago mwamarana kabiri. zimwe muri izo twavuga: […]
Nigeria: Abantu 86 bamaze kugwa mu mirwano hagati yâabashumba nâabahinzi
Abantu bagera kuri 86 mu gihugu cya Nigeria ni bo bamaze kubarurwa ko baguye mu mirwano yatejwe nâabaragira amatungo bakozanyijeho nâabahinzi bigatuma hanabyuka inzika zari zisanzwe hagati yâamoko 2 arimo aba bashumba bo mu bwoko bwa  Fulani bakozanyijeho nâabahinzi bo mu bwoko bwa Berom. Ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko iyi mirwano yatangiye mu cyumweru gishize, aho […]
Burera: Abagabo batatu bafatanywe amabaro 192 yâimyenda ya caguwa ya magendu
Polisi yâu Rwanda yafatanye abagabo batatu magendu yâamabaro 192 yâimyenda ya magendu bayapakiye mu modoka, mu gikorwa cyabereye mu turere dutandukanye kuwa Gatandatu wâiki cyumweru gishize. Polisi yatangaje ko mu karere ka Nyagatare, yahafatiwe umugabo wari mu modoka yo mu bwoko bwa Fuso ipakiye amabaro 150; Polisi imuhagaritse ahita ayivamo ariruka ubwo bari bageze mu […]
Yishe umukunzi bahuriye kuri internet wamwizezaga ko ari isugi
Umusore wâimyaka 28 wo muri Taiwan yasanzwe amanitse mu mugozi mu gihe umurambo wâumukobwa wari inshuti ye bahuriye kuri internet wasanzwe mu busitani. Biravugwa ko umusore yishe umukobwa wamubwiraga ko ari isugi nyuma yo kumenya ko yasambanye nâabagabo benshi. Nkâuko urupapuro uyu musore Gary Chu yasize yiyahura rubigaragaza, ngo uyu mukobwa wâimyaka 27 witwa Yee-min […]
Uganda: Gen Kale Kayihura ngo yari amaze imyaka 2 acungirwa hafi
Mu 2016 ubwo Gen Kale Kayihura yagiraga uruhare rukomeye mu gushyigikira Museveni mu matora, ngo uwari minisitiri wâumutekano, Lt Gen Henry Tumukunde yakoze ibishoboka ngo uwahoze ari umukuru wâigipolisi Atari kurema uburyo bwe bwite bwari kuzamworohereza kugera ku nzozi ze zo kuba perezida. Muri uyu mwaka ngo perezida Museveni akaba yari yakiriye amakuru yâubutasi avuye […]
Polisi yâu Rwanda irasaba buri wese kugira uruhare mu kwirinda inkongi yâumuriro muri ibi bihe byâizuba
Ishami rya Polisi yâu Rwanda rishinzwe gukumira, kurwanya no kuzimya inkongi yâumuriro (Fire and Rescue Brigade) rikangurira buri muntu wese kuba maso ndetse akagira uruhare mu gukumira inkongi zâumuriro kuko zangiza ibintu bitandukanye ndetse zigahitana nâabantu. Umuyobozi wâiri shami Assistant Commissioner of Police (ACP) Jean Baptiste Seminega yatanze ubu butumwa kuko muri iki gihe cyâimpeshyi […]
Abarundi basaga 100 babaga mu Rwanda binyuranyije nâamategeko basubijwe iwabo
Abarundi bagera ku 115 babaga mu Rwanda mu buryo bunyuranyije nâamategeko kuri uyu wa Gatandatu, itariki 23 Kamena basubijwe iwabo, aho bakiriwe nâinzego zâubuyobozi ku Kanyaru, muri Komini Ntega yo mu Ntara ya Kirundo. Baratangaza ko bazize igitero giherutse kugabwa mu Karere ka Nyaruguru bikekwa ko abakigabye baturutse mu Burundi. Aba Barundi birukanwe mu Rwanda […]
Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko
Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije , DGPR risaba ko ibyaribayeho ubwo ryamamazaga umukandida wa ryo mu matora aheruka yâUmukuru wâigihugu bitakongera kuba mu gihe abazarihagararira mu Nteko Ishinga Amategeko bazaba bari mu bikorwa byo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu. Ibi ni bimwe mu byatangajwe nâumuyobozi mukuru wâiri shyaka, Dr Frank Habineza ubwo bari […]
Bujumbura: Abafaransa bane nâUmurundi ukora mu nzego zâubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe
Igipolisi cyâu Burundi cyataye muri yombi Abafaransa bane nâumurundi umwe ukora mu biro byâiperereza bazira ibikorwa byâubutekamutwe. Igipolisi cyâu Burundi kivuga ko aba batawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 23 Kamena bafatiwe mu murwa mukuru Bujumbura. Igipolisi kikaba gishinja aba bantu ubujura bukoreshejwe gushukana ndetse nâibyaha bifitanye isano no guhungabanya ubukungu bwâu Burundi. […]
Rwamagana: Abaturage bakeka ko mudugudu yegujwe azira kurarana nâamatungo mu nzu
Abaturage bo mu mudugudu wa Kamanga, akagari ka Sibagire, umurenge wa Kigabiro ho mu karere ka Rwamagana, bavuga ko hashize icyumweru umuyobozi wâumudugudu wabo, Kanyeshyamba Radjabu yegujwe nâubuyobozi, bagakeka ko yazize kurarana nâamatungo mu nzu. Bavuga ko batunguwe nâicyemezo cyo kweguzwa kâumuyobozi wabo ariko ntibabimenyeshwe nâinzego zâubuyobozi zimukuriye kuko yari amaze imyaka irenga 8 ayobora […]
RDC: Impunzi zâAbarundi mu Nkambi ya Lusenda zirashinja inzego z'umutekano kuzihatira gutaha
Impungenge ni zose ku mpunzi zâAbarundi zo mu Nkambi ya Lusenda muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho zivuga ko ziterwa ubwoba ndetse zikajujubywa nâabashinzwe umutekano muri iyi nkambi, aho kuri uyu wa gatanu ngo hari nâimpunzi zabuze nyuma yo gukekwaho guha amakuru radio RPA. Impamvu yâuko guterwa ubwoba ngo akaba ari ugushaka ko zitaha. […]
Rubavu: Umufuka w'amakara ugeze hagati y'amafaranga 12,000 na 17,000
Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Kanama na Cyanzarwe mu karere ka Rubavu bavuga ko muri iyi minsi ibicanwa byabaye ingume, kuko bitakibiboneka nka mbere. Kubona ibyo kurya wiyushye akuya wabigeza mu rugo ukabura icyo ibitekesha ngo ni ibihangayikishije bamwe mu baturage muri iki gihe. Batanga urugero rwo kuba umufuka wâamakara waraguraga amafaranga 5000 […]
Ethiopia: Minisitiri wâIntebe, Abiy yarokotse igitero cya grenade mu gihe abataramenyekana umubare bahasize ubuzima
Guturika guhambaye mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa gatandatu mu gihugu cya Ethiopia ahari imbaga yâabaturage bashyigikiye Minisitiri wâIntebe, Abiy Ahmed biravugwa ko guhitanye abantu benshi mu murwa mukuru, Addis Abeba. Nyuma gato yâuku guturika, Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia, Abiy yavuze ko hari abantu bahasize ubuzima mu cyo yise igitero cyateguwe neza, yihanganisha imiryango […]
Urutonde rwâibintu 10 ushobora kuba utari uzi kuri Juliana Kanyomozi- AMAFOTO
Juliana Kanyomozi ni umuhanzi wâUmugandekazi umaze imyaka igera muri 20 mu muziki, wakunzwe kuva mu myaka ya 1998 kugeza nâubu akaba akijya ku rubyiniro benshi bakanyurwa. Dore ibintu 10 ushobora kuba utari umuziho: 1.Julian Kanyomozi ni umugandekazi wabonye izuba ku wa 27 Ugushyingo 1982, ababyeyi be ni Gerald naCatherine Manyindo. 2.Kanyomozi nta mugabo agira, yabyare […]
USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro
Ubujurire bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatanu, itariki 23 Kamena bwakomeje guhamya icyaha Umunyarwanda, Gervais Ken Ngombwa, ndetse rushimangira igihano yahawe nyuma yâuko umucamanza asanze yaragize uruhare muri jenoside ndetse akanabeshya inzego zishinzwe abinjira nâabasohoka muri Iowa. Urukiko rwâUbujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukaba rwateye utwatsi ubujurire bwa Gervais […]
Biravugwa ko Zari Hassan yaba ari mu rukundo rushya n'umunyamakuru -Amafoto
Nyuma y’iminsi umuherwe Zari Hassan atandukanye n’uwari umugabo we Diamond Platnumz yakunze kugaragara ari muri gahunda ze zakazi, gusa kuri iyi nshuro amafoto amaze iminsi acicikana ku mbuga nkora mbaga agaragaza Zari mu byishimo n’umunyamakuru ukorera EFm yo muri Tanzania uzwi nka Kitange Maulidi.  Nkuko byagiye bigaragara mu mashusho yagiye hanze uyu munayamakuru Kitenge […]
Kugwingira si ikibazo cyo mu miryango ikennye gusa, no mu bakire nâabize kirimo-MIGEPROF
Byari bimenyerewe ko abantu bamaze kugimbuka ari bo bagaragaza ikibazo cyo kugwingira, Minisiteri yâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango yo ikavuga ko iki kibazo gishobora kuvukanwa kugeza kugeza imyaka 6 gusa, nyuba yahoo kitarakira kikazagira ingaruka zirimo kutabasha gufata ibyemezo no kwikemurira ibibazo bito bito mu gihe kizaza kugeza umuntu ashaje. Ibi ni bimwe mu byagaragajwe na Dr […]
Amerika yafatiye ibihano bamwe mu bayobozi ba Congo
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko zafatiye ibihano bamwe mu bayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinjwa ruswa. Nâubwo birinze gutangaza amazina nâumubare wâabayobozi bafatiwe ibihano, Radiyo Mpuzamahanga yâAbafaransa (RFI) itangaza ko aba bayobozi bashinjwa ruswa mu bikorwa byo gutegura amatora. Nyuma yo kubafatira ibihano, abo bayobozi ngo ntibemerewe kugirira ingendo muri Amerika […]
Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri wâIntebe- Umuvugizi we
Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, yashimangiye ijambo yivugiye ko ataziyamamaza mu matora ya 2020, ndetse ko adakeneye no kuba Minisitiri wâIntebe. Umuvugizi wa Perezida, Jean Claude Karegwa yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 22 Kamena 2018, mu nama nâabanyamakuru yabahuje n’abavugizi bâinzego zitandukanye za Leta, mu Ntara ya Bururi. Jean Claude Karegwa yagize ati […]
Rusizi: Amadini nâamatorero arasabwa gushyira imbaraga muri gahunda ya âNdi umunyarwandaâ
Ubuyobozi bwâakarere ka Rusizi buvuga ko nubwo hari ibikorwa byinshi bikorwa nâamadini nâamatorero mu gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kongera kwiyubaka nâ ibindi byimakaza ubumwe nâubwiyunge na gahunda ya Ndi umunyarwanda, hari byinshi agisabwa gukora muri gahunda ya ndi umunyarwanda kugira ngo abayoboke bayo  babashe kuyumva neza no kuyigira iyabo. Ni bimwe mu byagarutsweho nâumuyobozi […]
U Rwanda ntirwivanga muri politiki zâibindi bihugu- Amb. Nduhungirehe avuga ku kuba Kabila akwiye kuva ku butegetsi
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâamahanga,Ubutwererane nâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yatangaje ko u Rwanda nta nyungu rufite zatuma rwivanga mu kutavugarumwe muri politiki kuri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kiganiro nâabanyamakuru kuri uyu wa 22 Kamena 2018, cyibandaga ku byaranze umubano wâu Rwanda nâamahanga mu mezi atatu ashize, Amb. Nduhungirehe […]
Ese koko u Burundi bwaba bukomeje kugaragaza ko bufitiye ubwoba u Rwanda ari bwo bushaka kurutera?
Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko kuri uyu wa kane, itariki 21 Kamena, igisirikare, igipolisi, Imbonerakure nâabaturage batuye muri Komini Mabayi na Komini Bukinanyana, ngo babyukirijwe gushakisha inyeshyamba zimaze amezi 2 mu ishyamba rya Kibira nkâuko amakuru ava mu gisirikare avuga. Bamwe mu barundi baraburira u Rwanda. Andi makuru ariko Bwiza.com akesha urukuta rwa facebook […]
Ubuzima bwa Mwarabu urinda Diamond buri mu kaga nyuma yo gukora impanuka
Umusore wâibigango, Seleman Mirundi, uzwi ku izina rya Mwarabu fighter, urinda umuhanzi Diamond, yakoze impanuka none ubuzima bwe buri mu kaga. Ikinyamakuru Kenyan E Daily gitangaza ko yakoze impanuko ikomeye, akubita umutwe hasi ajyanwa mu bitaro bya Leta bya Muhimbili (National referral hospital) biri mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania. N’ubwo kidatangaza icyamuteye […]
Gasabo: Umugore akurikiranweho icyaha cyo kwica umugabo we afatanyije nâabisengeneza be
Umugore witwa Mutumwinka Julienne wo mu Karere ka Gasabo yatangiye kuburana ku cyaha cyo kwica umugabo we ashinjwa kuba yarakoze afatanyije nâabisengeneza be. Abaregwa bose bemera icyaha. Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rukaba rwaraburanishije, kuwa 20 Kamena, urubanza rwâuyu mugore, Mutumwinka Julienne, Ubushinjacyaha bukurikiranyeho icyaha cyo kwica umugabo we afatanyije nâabitwa Murego Gakuru Kelly na Murego […]
Min. Nyirasafari asanga abayobozi nâabaturage badakwiye kwitana ba mwana ku kudindiza iterambere ry'umuryango nyarwanda
Minisitiri wâuburinganire nâiterambere ryâumuryango, Nyirasafari EspĂ©rance, avuga ko mu mugoroba wâababyeyi mu Rwanda hakigaragaramo ikibazo cyo kuregeza haba ku ruhande rwâabaturage ndetse no ku buyobozi bwâibanze bukorana na bo kuko aho byubahirizwa hagaragara impinduka mu iterambere ryâumuryango nyarwanda. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu nama nyunguranabitekerezo yari yahuje Minisiteri yâUburinganire nâIterambere ryâUmuryango nâabafatanyabikorwa ba […]
Loni iremeza ko ibibera muri Centrafrica bimaze kurenga ubushobozi bwa MINUSCA
Intumwa yâUmuryango wâAbibumbye muri Centrafrica yatangarije Akanama kâAmahoro nâUmutekano ko ibiri kubera muri iki gihugu bimaze kurenga MINUSCA ndetse ko akaga ku ngabo zayo zikomeje kwiyongera. U Rwanda narwo rukaba ruri mu bihugu bifite ingabo nâabapolisi muri iki gihugu. Bwana Parfait Onanga-Anyanga yatangaje ko abakozi ba MINUSCA; abasirikare, abapolisi nâabasivili bakomeje kuba ibipimo byâimitwe yitwaje […]
Nyampinga wâu Bubiligi ari mu mazi abira azira gutwara imodoka ku muvuduko wa 116 km/h
Cilou Annys wabaye nyampinga wâu Bubiligi mu 2010, ari mu mazi abira nyuma yo gutwara imodoka ku muvuduko uri hejuru cyane. Urukiko rwa polisi rwa Bruges mu Bubiligi rushinja Miss Anny gutwara imodoka iminsi 15 afite umuvuduko udasanzwe, akaba acibwa amande yâamayero ahwanye na 560. Ikinyamakuru 7sur7 gitangaza ko uyu mukobwa wâimyaka 27 yâamavuko, ku […]
Rubavu: Imirimo ikoreshwa abana imaze gutuma abasaga 3,500 bata amashuri
Mu Karere ka Rubavu haravugwa guta amashuri ku bwinshi kw’abana bivugwa ko imirimo irimo nâivunanye bakoreshwa ari kimwe mu bituma bamwe muri bo bo bava mu ishuri, aho abasaga 3500 bivugwa ko baritaye. Imirimo yo mu birombe, gutashya inkwi iyâubucuruzi bwiganjemo ubwâibisheke uyisangamo abana kubwiganze. Ubwabo ngo biragoye ko bemera kuvugira kubyuma byâitangazamakuru ngo basobanure […]
RNC yanze guhakana cyangwa ngo yemeze niba ifite abarwanyi muri Congo
Nyuma yâaho mu ntangiriro zâiki cyumweru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu yâAmajyepfo havugiwe ikibazo cyâamakimbirane ahuza Abanyamulenge nâandi moko mu bice bya Bijombo, hakavugwa ko hari ingabo zâAbanyarwanda zo mu mutwe wa RNC zigira uruhare muri aya makimbirane, iri shyaka mu kiganiro kirambuye nâitangazamakuru ntiryahakanye cyangwa ngo ryemeze ko rifite abarwanyi muri […]
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cyâumupira wâamaguru
Perezida Nkurunziza wari uzwiho gukunda cyane gukina umupira wâamaguru, kubera imvune yagize, ntabwo azongera kuwukina. Ibi ni ibyatangajwe nâumuvugizi we, Karerwa Ndenzako Jean-Claude mu kiganiro yagiranye nâatangazamakuru, avuga ko ubuzima bwa Perezida Nkurunziza bumeze neza, ariko ko ikibabaje ari uko atazongera guconga ruhago. Yagize ati âUbuzima bwa Perezida Pierre Nkurunziza bumeze neza, gusa ntabwo azongera gukina […]
Uganda: Ese koko Gen Kayihura yaba yari atunze imashini yafataga amajwi abayobozi barimo na perezida Museveni?
Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda arebana nâitabwa muri yombi ryâuwari umukuru wâigipolisi, Gen Kale Kayihura, kuri ubu aravuga ko mu rugo rwe hasanzwe imashini ifata amajwi bivugwa ko yaba yarakoreshaga mu gufata amajwi perezida Museveni, abaminisitiri, ndetse nâabayobozi bâinzego zâumutekano. Amakuru agera ku rubuga Spyreports aturuka ku muntu uri mu iperereza aravuga ko iyi […]