Dore ibanga ry'abagore b'iki gihe utari uzi
Kumvikana ku ngingo yo gutera akabariro ni kimwe mu bituma urugo rwubakwa neza kandi rugakomera, ni yo mpamvu akabariro ari kimwe mu bintu byubahwa kandi abantu bagomba kwitondera kuko iyo uruhande rumwe rutanyuzwe nâiki gikorwa urugo ruvukamwo ibibazo byâurudaca bikaviramo no gutandukana. Abagabo benshi bibwira ko imibonano mpuzabitsina igomba guhora ikorerwa mu cyumba cyâuburiri ariko […]
Kigali: Abafotozi barasabwa kugira uruhare mu kugaragaza amateka yâu Rwanda
Ishyirahamwe ryâabakora umwuga wo gufotora mu Rwanda (APPHORWA) rirasaba abafotozi kugira uruhare mu kugaragaza amateka yâu Rwanda binyuze mu gufotora amafoto akubiyemo ubutumwa buzagaragaza amateka yâigihugu mu minsi iri imbere. Ibi ni ibyatangajwe nâUmuyobozi wa APPHORWA, Gakwaya Damascene  ubwo we nâitsinda ryâabantu 19 basuraga ingoro yâamateka yo kurwanya jenoside ku Nteko Ishinga amategeko mu […]
Mauritania: Perezida Kagame nâabandi bayobozi bafunguye umuhanda witiriwe Nelson Mandela
Perezida Kagame yifatanyije nâabandi bakuru bâibihugu mu muhango wo gufungura ku mugaragaro umuhanda witiriwe intwali, Nelson Mandela, uri mu murwa mukuru wa Mauritania, Nouakchott. Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Nyakanga 2018, aho Perezida Kagame yafatanyije na Mohamed Ould Abdel Aziz wa Mauritania na Cyril Ramaphosa wa Afurika yâEpfo, mu muhango […]
Rwamagana: Baratabariza umuturanyi wabo umaze amezi 6 arara mu bihuru
Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyabishunzi, akagari ka Sovu, umurenge wa Kigabiro ho mu karere ka Rwamagana barasaba ubuyobozi gutabara umugabo witwa Masumbuko bakunda kwita Masudi,  umaze amezi 6  arara mu bihuru. Masumbuko Eliphase yari atuye mu nzu se yamusizemo nâabandi barumuna be babiri, se yabataye agiye gushaka undi mugore mu gihe nyina wâaba bana yari amaze […]
U Rwanda rwongereye amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy'Isi- Amafoto
Kuri iki Cyumweru tariki 1 Nyakanga 2018, nibwo ikipe y’igihugu ya Basketball yatsindaga ikipe y’igihugu ya Uganda mu mukino wâamahirwe ya nyuma aho ikipe imwe yagombaga gusezererwa indi ikabona itike yerekeza mu majonjora ya nyuma azatanga bidasubirwaho itike yâigikombe cyâIsi cya 2019 kizabera mu Bushinwa. Nkuko bigaragara ku rubuga rwa twitter rwa Ferwaba umukinnyi witwaye […]
Umunyarwenya yabeshye Perezida Trump amwitaba azi ko ari senateri
Ari mu ndege ye âAir Force Oneâ, Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabeshywe n’umunyarwenya, John Melendez amwitaba azi ko yitabye senateri. Umunyarwenya John Melendez yiyise senateri Bob Menendez. Akavuga ko yitabwe na Jared Kushner, umukwe wa Perezida Trump, ndetse akaza no guhamagarwa na Perezida Trump ubwe. Umukozi mu biro bya perezida w’Amerika […]
Nyabimata: Abantu bitwaje intwaro bongeye kuhagaba igitero
Amakuru aturuka mu murenge wa Nyabimata, akarere ka Nyaruguru, avuga ko hari abantu bawuteye bitwaje intwaro zirimo nâimbunda baranasahura. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018, aho abagizi ba nabi bagabye igitero mu mudugudu wa Cyumuzi, Akagari ka Ruhinga muri uyu murenge babanza kurasa, nyuma barasahura, barangije ibyo basahuye babyikoreza […]
Rusizi: Abayobozi baratungwa agatoki mu kudindiza umugoroba wâababyeyi
Bamwe mu baturage bâakarere ka Rusizi bavuga ko bacibwa intege nâabayobozi batitabira umugoroba wâababyeyi nâabaje ntibazane nâabo bashakanye ngo batange urugero rwiza mu bo bayobora. Abatuye mu mirenge ya Butare, Nkanka na Gikundamvura baganira Bwiza.com, bayitangarije ko kuba muri iyi mirenge abayobozi bâinzego zâibanze badaha agaciro umugoroba wâababyeyi, hari byinshi bidindiza haba mu iterambere ryâingo, […]
Gambia: Imitungo yasizwe na Yahya Jameh igiye gutezwa cyamunara
Leta ya Gambia yatangaje ko igiye guteza cyamunara imitungo yâagaciro yâuwahoze ari perezida wa kiriya gihugu, Yahya Jameh, imitungo yitezwemo akayabo kâamafaranga izafasha mu kuzamura ubuzima bwâabanyagihugu. Yahya Jameh uri mu buhungiro azira kutemera ibyavuye mu matora yâumukuru wâigihugu aheruka muri kiriya gihugu, akaba yarashatse kuguma ku butegetsi ku ngufu kandi ibyavuye mu matora bigaragaza […]
Centrafrica: Abapolisi bari mu butumwa bw'amahoro bavuye abaturage ku buntu
Kuwa 30 Kamena 2018, abapolisi bâu Rwanda bari mu butumwa bwâamahoro (MINUSCA) mu gihugu cya Centafrica bavuye ku buntu abaturage basaga 400 batuye mu mujyi wa Bangui. Abaturage bavuwe barimo akuru nâabato bakaba basuzumwe indwara zitandukanye ndetse bakanahabwa imiti yazo, i ki gikorwa cyo kuvura aba baturage, Polisi y’u Rwanda ikaba yaragikoze ku bufatanyije nâindi […]
Perezida Kagame arashima intambwe yatewe mu kugarura amahoro muri Ethiopie, Zimbabwe, Eritrea na Sudan
Perezida Kagame yakomoje ku mutekano wa bimwe mu bihugu bya Afurika ndetse anashima intembabwe bimaze gutera habungwabungwa amahoro nâumutekano muri byo. Perezida Kagame nkâumuyobozi wâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibi yabikomojeho kuri iki cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama ya 31 Isanzwe yâAbakuru bâIbihugu na za Guverinoma, bigize umuryango […]
Zari yasobanuye uburyo yashoye akayabo yubaka inzu ya Diamond
Umuherwe Zari Hassan yasobanuye uburyo yashoye za miliyoni afasha Umuhanzi Diamond Platnumz mu bwubatsi bwâinzu babanagamo muri Tanzania mbere yâuko batandukana. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na kimwe mu binyamakuru byo muri Tanzania, aho yavuze ko yashoraga ubwo butunzi bwe mu gihe yari yizeye ko azayibanamo na Diamond wari umugabo we, nyuma kubana biza kunanirana. Yagize […]
U Bubiligi bwemera ubutwari bwa Patrice Lumumba, wagambaniwe akicwa
Ubwo hizihizwaga imyaka 58 ishize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibonye ubwigenge, u Bubiligi bwashimangiye ubutwari bwaranze intwari Patrice Lumumba, wagaragaje ibitekerezo bye byiza, akagambanirwa nyuma akicwa azira guharanira amahoro n’ubwigenge. Mu muhango wo gushyiraho ku mugaragaro agace kitiriwe Patrice Emery Lumumba mu Bubiligi, wabaye ku wa 30 Kamena 2018, mu Bubiligi. Inshuti, abavandimwe, ubuyobozi […]
Abari n'abategarugori bagera kuri byinshi iyo bahawe uburenganzira bwabo bwose- Perezida Kagame
Perezida Kagame avuga ko ku mugabane wa Afurika hafashwe gahunda yo guteza imbere uburinganire, bityo ngo iyo abari nâabategarugori bahawe uburenganzira bwabo, bagera kuri byinshi, bikaba akarusho iyo bafatanyije nâabagabo babo. Perezida Kagame akaba nâumuyobozi wâUmuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU) yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 30 Kamena 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bari bitabiriye […]
Nyamasheke/ Gihombo : Abarokotse jenoside bishimiye ko ababo bishwe bakajugunywa mu Kivu bibutswe
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bo mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke bafite ababo bishwe bakarohwa mu Kivu bavuga ko bari bamaze imyaka 24 yose mu gahinda kenshi baterwa no kuba batarigera na rimwe babibukira kuri iki kiyaga, kuri iyi nshuro ya 24 mu Rwanda hibukwa Jenoside yakorewe abatutsi, ku bufatanye […]
Niba utajya utera akabariro ngo ugeze kuri iki gihe ubana n'uburwayi bukomeye
Abantu benshi bakunda kwibaza igihe cya nyacyo imibonano mpuzabitsina igomba kumara. Abagabo ahanini, nibo bakunda kugira impungenge zâigihe byasaba ngo bashimishe abagore babo. Mu mwaka wa 2005, nibwo Dr Irwin Goldstein yagaragaje ko iminota 7 ariyo minota nibura ihagije ngo abashakanye banyurwe nâakabariro. Nyuma yaho nibwo Dr Eric Corty yagize nawe icyo abitangazaho. Yagaragaje ko […]
Umuganga mu mazi abira nyuma yo gutangaza ko umurwayi yapfuye bagasanga yitemberera -Amafoto
Ku munsi wejo tariki 29 Kamena 2018 nibwo hasakaye inkuru y’umuganga ukora ku bitaro bya Kiambu Hospital watangaje ko umurwayi wari urwariye muri ibyo bitaro yitabye imana nyuma yo kwimurirwa ku bitaro bya Gatundu gusa byaje kugaragara ko aya makuru yari ibinyoma. Uyu muganga utatangajwe amazina, yatangaje ko umurwayi witwa Ngugi yapfuye nyuma gato yimuriwe […]
Amajyaruguru: Min. Kaboneka yasabye abayobozi gukora inshingano zabo uko bigomba
Ibi Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Hon Francis Kaboneka yabisabye Abayobozi bo mu Ntara yâAmajyaruguru bari bateraniye mu nama nyunguranabitekerezo yâiyi Ntara, yateraniye i Musanze kuri uyu wa kane tariki ya 28 Kamena 2018. Iyi nama yitabiriwe nâAbayobozi mu Ntara yâAmajyaruguru guhera ku rwego rwâIntara kugera ku rwego rwâAkagari. Yitabiriwe kandi nâAbayobozi bâInzego zâUmutekano, barangajwe imbere nâUmugaba […]
ishuri rya E. S. S Hamdan Bun Rashid Al Maktoum ryibutse Abatutsi bazize Jenoside mu 1994
Ishuri rya Ecole Secondaire Hamdan Bun Rashid Al Maktoum riherereye mu murenge wa Kigarama, akagari ka Nyarurama akarere ka Kicukiro ryibutse kuri uyu wa 29 Kamena 2018, Abatutsi bazize Jenoside mu 1994 mu murenge batuyemo ndetse no mu gihugu hose muri rusange. Muri uyu muhango, Umuyobozi uhagarariye imiryango yabuze abayo muri genocide mu murenge wa Kigarama […]
Col Ndahura, ufunganye na Gen Kayihura, yamenyeshejwe ibyaha ashinjwa
Col Atwooki Ndahura wari umuyobozi wâishami ryâubutasi ku byaha, watawe muri yombi mu nkundura imwe na Gen Kale Kayihura wari umukuru wâigipolisi, yagumishijwe muri gereza ya gisirikare ya Makindye aho afungiye nyuma yo gushinjwa icyaha cyo kubangamira iyubahirizwa ryâamategeko. Ikinyamakuru Daily Monitor kiratangaza ko Col Ndahura yagejejwe imbere yâakanama gashinzwe imyitwarire (UDC) kâUrwego rwâUbutasi mu […]
Hamisa Mobetto yinjiye mu muziki ashyirahanze indirimbo ye yambere – Yumve
Umunyamideli ukomeye cyene muri gihugu cya Tanzania uzwi nka Hamisa Mobetto wanabyaranye n’icyamamare muri muzika yo mukarere ndetse n’Afurika muri rusange Diamond Platnumz, ubu yamaze kwinjira mu muziki ku ikubitiro akaba yashyize hanze indirimbo ye yambere yise âMadam heroâ Hamisa Mobetto ashyize hanze indirimbo ye yambere mu buryo bw’amajwi, asanzwe ari hafi cyane y’ibikorwa by’imyidagaduro […]
 Afurika igenda biguruntege mu gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Malabo – Min. Mukeshimana
Imibare ya Afurika Yunze Ubumwe yo muri Mutarama yerekanye ko uyu mugabane ucumbagira mu gushyira muu bikorwa Amasezerano ya Malabo agamije guteza imbere ubuhinzi. U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere mu gushyira mu bikorwa aya masezerano rukaba rwari rufite amanota 6.1/10. Ibi byatangajwe na Minisitiri wâubuhinzi, Dr Geraldine Mukeshimana, kuri uyu wa Kane, itariki […]
E.U yagumishijeho ibihano yafatiye u Burusiya kubera kwivanga mu bibazo bya Ukraine
Abakuru bâibihugu na guverinoma bigize Ubumwe bw’u Burayi bongereye andi amezi 6 ibihano bafatiye u Burusiya kubera kwivanga mu makimbirane yo muri Ukraine. Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane ushize mu nama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (E.U) yabereye i Buruseli mu Bubiligi ku cyicaro cy’uyu muryango nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu mu itangazo […]
Polisi yafashe ingunguru 60 za Godoro zari zibwe mu bubiko bwa Kobil
Polisi mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatanu tariki ya 29 Kamena yafashe ingunguru 60 zâamavuta yifashishwa mu gukora imihanda ya kaburimbo azwi nka âGodoroâzari zibwe mu bubiko bwa Sosiyete icuruza lisansi ya Kobil buri mu Gatsata mu karere ka Gasabo. Aya mavuta afite agaciro ka miliyoni hafi icyenda (9) zâamafaranga yâu Rwanda, akaba […]
Uganda: Ubwoba bukomeje kwiyongera mu bapolisi bahoze begereye Gen Kale Kayihura
Ubwoba bukomeje kuba bwose muri bamwe mu bapolisi ba Uganda bagiye bagaragara nkâabantu ba hafi ba Gen Kayihura, nyuma yâitabwa muri yombi ritunguranye kandi ridasobanurwa bivugwa ko rikomeje kubakorwamo. Umwe mu bapolisi wavuganye nâitangazamakuru yagize ati: â Wowe umenya ko kanaka na kanaka batwawe ari uko utakibabona na telephone zabo zaravuyeho nta bisobanuro .â Amakuru […]
Kayumba Ephrem yatorewe kuyobora akarere ka Rusizi
Kayumba Ephrem wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke yatorewe kuyobora akarere ka Rusizi kari mu Ntara yâi Burengerazuba. Mu matora yabaye kuva mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 29 Kamena 2018, Kayumba Ephrem wâimyaka 39 yâamavuko, yayatsinze nâamajwi 91,7%, aho abamutoye bangana na 288 muri 314.
Abasesero batangiye kwicwa mu 1963 kandi nabwo bagerageza kwirwanaho – Dr Bizimana
Ibi Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yâIgihugu yo kurwanya Jenoside, Dr. Bizimana Jean Damascene yabitangarije mu kiganiro yatanze, kuwa 27 Kamena 2018, mu gikorwa cyo Kwibuka Abatutsi biciwe ku misozi ya Bisesero na Muyira iherereye mu Murenge wa Twumba ho mu Karere ka Karongi. Igikorwa cyashojwe nâumuhango wo gushyingura mu Cyubahiro imibiri 61 yâ abazize Jenoside […]
Min. Kaboneka yahaye ikaze umuyobozi wâUmujyi wa Kigali mu muryango w'inzego z'ibanze
Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Kaboneka Francis, yahaye ikaze umuyobozi wâUmujyi wa Kigali, Rwakazina M.Chantal, mu muryango w’inzego z’ibanze. Ubwo yatangizaga inteko rusange yâUmujyi wa Kigali, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kamena 2018, yahuje abayobozi mu nzego zitandukanye nâabafatanyabikorwa bawo, yiga ku iterambere ryâumujyi, nibwo yamwakiriye amusaba kugira imyumvire iri hejuru. Yagize ati âUmuyobozi mu […]
Ange Sebutege yatorewe kuyobora akarere ka Huye
Ange Sebutege wâimyaka 36 yatorewe kuyobora akarere ka Huye kari mu Ntara yâAmajyepfo, akaba agiye kuyobora aka karere nyuma yâiyegura rya Meya Kayiranga Muzuka Eugene n’abari bamwungirije, ryabaye ukwezi gishize. Ni mu matora yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kamena 2018, aho Ange Sebutege yatowe ku majwi 225 kuri 278 yâabatoye. Akaba yahise […]
Abandi Barundi basaga 200 babaga mu Rwanda binyuranyije nâamategeko birukanwe
Abarundi babaga mu Rwanda mu buryo bunyuranyije nâamategeko bakomje gusubizwa iwabo kuva mu cyumweru gishize, aho kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Kamena 2018, abandi bagera kuri 203 bakiriwe mu Ntara ya Kirundo nyuma yo kwirukanwa. Igipolisi cyâu Burundi kiravuga ko muri aba birukanwe bakiriwe mu Ntara ya Kirundo abagera kuri 92 bakomoka muri Komini […]
Nyamasheke: ADEPR yamuritse urukuta rwanditseho amazina yâabakiristo bayo bishwe muri jenoside
Nyuma yâimyaka 17 basaba kubakirwa ikimenyetso cyâamateka ya Jenoside ariko ntibikunde, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bâitorero ADEPR mu karere ka Nyamasheke bishimiye kumurikirwa ku mugaragaro urukuta ruriho amazina 1006 yâababo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nkâikimenyetso cyâamateka yayo. Iki kimenyetso cyâamateka cyubatse kuri ADEPR Paruwasi ya Tyazo, mu murenge wa Kanjogo. Umushumba wâururembo […]
CNLG irashimira ubutabera bwa Suwedi ku gihano cyahawe T. Rukeratabaro ku cyaha cya Jenoside
Komisiyo yâIgihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) irashimira Ubutabera bwo mu gihugu cya Suwedi ku gihano cyâigifungo cya burundu bwahanishije Umunyarwanda Rukeratabaro ThĂ©odore  ufite ubwenegihugu bwa Suwedi. Rukeratabaro yageze  muri Suwedi mu 1998 abona ubwenegihugu mu mwaka wa 2006 aho  yiyise Tabaro ThĂ©odore. Kuwa gatatu tariki ya 27 Kamena 2018  nibwo Urukiko rwâAkarere rwa Stockholm muri Suwedi rwahanishije Rukeratabaro […]
Iterambere ryâubuhinzi ryitezweho kuzagabanya ubukene bukava kuri 39% bukazagera kuri 15% mu 2024
Itarambere ryâubuhinzi mu Rwanda ryitezweho kuzagabanya ubukene bukava kuri 39% bukagera kuri 15% mu 2024 nkâuko byatangajwe na Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yatangizaga inama ihuza Abafatanyabikorwa muri gahunda rusange ya Gatatu yâiterambere ryâubuhinzi nâubworozi muri Afurika (CAADP III). Minisitiri wâIntebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko ibizava muri iyi nama bizongera agaciro ku ntego […]
Urutonde rwâibihugu 10 birya inyama cyane kurusha ibindi ku Isi
Inyama ni kimwe mu biribwa bihenze hirya no hino ku Isi, aho usanga nko mu Rwanda hari ababasha kuzigondera ku minsi mikuru ya Noheli nâUbunani kandi nabwo bamaze igihe kirekire barunda amafaranga yo kuzazihaha. Dore ibihugu bizirya cyane kurusha ibindi ku Isi 1.Ibirwa bya Bahamas: Ibirwa bya Bahamas ni bimwe mu bigize ibya Karayibiya (Caribbean) […]
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
Gen Kale Kayihura wahoze akuriye igipolisi cya Uganda kuri ubu akaba afunzwe biravugwa ko ubuzima bwe butifashe neza aho afungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye nkâuko amakuru yizewe agera kuri Spyreports dukesha iyi nkuru avuga. Umuvugizi wa UPDF, Brig Richard Karemire we arahakana aya makuru. Kayihura nâabahoze ari abapolisi be ba hafi bamaze iminsi […]
Perezida Trump na Putin bagiye guhurira mu nama muri Finland
Perezida wâAmerika Donald Trump na mugenziwe Putin wo mu gihugu cyâu Burusiya bamaze kwemera ko bazahurira mu nama iteganyijwe kubera mu mujyi wa Helsinki gihugu cya Finland mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Iyi nama izahuza aba baperezida iteganyijwe kuwa 17 Nyakanga 2018, bikaba byitezwe ko bazagirana ibiganiro byihariye nyuma yo guterana amagambo bapfa ibyabaye mu […]
Karongi: Yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa akagerageza no gutanga ruswa
Umugabo witwa Habimana Daniel wâimyaka 30 arafunzwe nyuma yo guha ruswa yâamafaranga yâu Rwanda ibihumbi 235 inzego zâumutekano. Uyu mugabo yafashwe mu rukerera rwo ku itariki ya 28 Kamena mu murenge wa Gishyita ubwo yafatanwaga imifuka 30 ya Caguwa ndetse nâamakarito 2 yâikinyobwa kitujuje ubuziranenge cya Tangawizi. Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda mu Ntara yâIburengerazuba, […]
Adriana wâimyaka 40 yamaze imyaka 10 akorana imibonano mpuzabitsina na musaza we batazi ko bava inda imwe
Adriana wâimyaka 40 nâumugabo we, LĂ©andro  wâimyaka 38 yâamavuko, bombi bakomoka muri Brezil, bakaba baramaze imyaka icumi barara ku buriri bumwe, umwe atazi ko ari musaza na mushiki wundi. Bombi bari bamaze imyaka 10 babana nkâumugabo nâumugore, babyaranye umwana wâumukobwa umaze kugira imyaka 11, bakaba baba mu buzima bworoheje mu mujyi wa Sao Paulo […]
Burundi: Ishyaka FNL rirasaba ko perezida Nkurunziza yafatwa nka Baba wa Taifa
Ishyaka FNL ryo mu Burundi riyobowe na Jacques Bigirimana, kuri uyu wa Gatatu itariki 27 Kamena ryashyize ahagaragara itangazo rishima icyemezo perezida Nkurunziza aherutse gufata cyo kutazongera kwiyamamaza mu matora yo mu 2020, ndetse risaba ko yazitwa Umubyeyi wâigihugu (Baba wa Taifa) kimwe nab a Mwalimu Julius Nyerere ndetse na Nelson Mandela. Ni itangazo ryasomwe […]
Uganda: Abapolisi bashinzwe kurinda bamwe mu badepite bataye akazi batinya kwicanwa nabo
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Kamena, perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yagiranye ibiganiro ku mutekano wâigihugu nâabagize inteko ishinga amategeko bivugwa ko byamaze amasaha umunani yose kandi mu muhezo, bamwe mu badepite bamubwira ukuntu abapolisi bahawe bo kubarinda basigaye batinya kwicara mu modoka zabo ngo batazicanwa nabo. Kubera uburemere bwâiyi nama, biravugwa ko itangazamakuru […]
Afurika yâEpfo: Hadutse itorero ryamamaza ubusinzi rikorera mu tubari
Muri Repubulika yâAfurika yâEpfo hamaze iminsi hashinzwe idini rishya ryamamaza ubusinzi rikaba rifite umuyobozi mukuru wiyise papa wâumwirabura. Iri dini ryitwa Gobola ugenekereje mu Kinyarwanda âMumpe Inzoga ninywereâ ngo rimaze hafi umwaka risa nâirikorera mu bwihisho, gusa mu minsi ya vuba ryaje gushyira ahagaragara ibikorwa byaryo birimo gukangurira abantu kwibohora bakanywa ndetse bagasinda. Umuyobozi wâiri […]
MINALOC igiye gutera inkunga abafite ubumuga hagendewe ku byiciro byâubudehe
Minisiteri yâUbutegetsi bwâigihugu ivuga ko igiye gufasha abafite ubumuga butandukanye ariko hagendewe ku byiciro barimo gusa ubu hakaba hakiri imbogamizi mu kubashyiramo. Ubwo hakoraaga inama itegura inama mpuzamahanga iziga ku mibereho yâabafite ubumuga ku isi mu kwezi gutaha, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza yâabaturage muri MINALOC Dr Alvera Mukabaramba yavuze ko abafite ubumuga bagiye […]
Hari icyizere ko abajenosideri ruharwa bahunze ubutabera nka Felicien Kabuga bazafatwa – MICT
Umushinjacyaha Mukuru wâUrukiko mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe na TPIR rufite icyicaro Arusha muri Tanzania, kuri uyu wa Gatatu  yongeye kwemeza ubushake afite bwo guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bahunze ubutabera nyuma yâimyaka myinshi bashakishwa. Bwana Serge Brammertz, kuri uyu wa gatatu, itariki 27 Kamena akaba yabonanye nâUmushinjacyaha Mukuru wâu Rwanda, […]
Inzu zubakirwa abasigajwe inyuma nâamateka ntizibaha kwisanzura
Bamwe mu basigajwe inyuma nâabateka bavuga ko bubakirwa inzu zitabaha ubwisanzure, ngo kuko zimwe ziba zidafite igikoni nâubwiherero kandi zidafite ibyumba bihagije. Abana bararana nâababyeyi, cyangwa bakarara babumviriza mu biganiro kubera ibyumba biba birebena bidakinze. Mu bushakashatsi bwakozwe na COPORWA, umuryango nyarwanda wâababumbyi; ndetse na Filimi mbarankuru ku minereho yabo cyane ku bireba imiturizwe, bigaragara […]
Uganda: Gen. Salim Saleh yasuye Gen. Kale Kayihura aho afungiye
Gen Salim Saleh, umuvandimwe wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, yasuye Gen Kale Kayihura wahoze ari umuyobozi mukuru wa Polisi, aho afungiye muri gereza ya gisirikare ya Makindye. Ku wa Kabiri tariki ya 26 Kamena 2018, nibwo Gen Saleh yabonanye na Gen Kayihura ariko ibyo baganiriye bigirwa ibanga. Ikinyamakuru Dailymonitor, gitangaza ko amakuru aturuka […]
Umuyobozi wâakarere arashinjwa gukubita umunyamakuru amuziza inkuru imushinja ruswa yamukozeho
Umuyobozi wâAkarere ka Kabale mu gihugu cya Uganda, Patrick Besigye Keihwa, akomeje kwibasirwa nâabaturage nyuma yâaho akubise umunyamakuru wa Voice of Kigezi witwa Julius Arinaitwe amuziza ko yatangaje inkuru imushinja ruswa. Biravugwa ko kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 25 Kamena saa 08:30 zâijoro ari bwo, Besigye Keihwa yateye aho Voice of Kigezi ikorera akabaza […]
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse nâAbarundi nâAbanyarwanda
Imbunda 26 zo mu bwoko bwa AK-47, amasasu 382 na magazines 39 kuri uyu wa kabiri ushize byafatiwe mu mukwabu wakorewe mu kigo cya gisirikare cya Katindo muri Kivu yâAmajyaruguru, aho umukuru wa region ya 34 ya gisirikare, Gen Francois kamanzi avuga ko abari batunze ibi bikoresho babaga muri iki kigo cya gisirikare mu buryo […]
Kenya: Inkongi imaze guhitana abantu 9 abandi 58 bakomeretse
Inkongi yâumuriro muri Kenya yibasiye isoko rya Gikomba riherereye mu mujyi wa Nairobi, abantu 9 bakaba bamaze kuhasiga ubuzima mu gihe abandi bakabakaba 60 ubu bari mu kwa mugangga kwivuza ibikomere. Daily nation dukesha iyi nkuru ivuga ko abantu 6 mu bapfuye bataramenyekana kuko Imibiri yabo yangiritse cyane, mu gihe abandi bishwe nâumwotsi mu gihe […]
Nyamasheke: Abahinzi bâicyayi bavuga ko iterambere bagezeho barikesha Perezida Kagame
Abahinzi bâicyayi bibumbiye muri koperative COOPTHEVIGI bavuga ko imiyoborere myiza ya Perezida Kagame nâumutekano usesuye yahaye igihu cyose ari byo byatumye biteza imbere mu bukungu. Bavuga ko hari abinjiza arenga miliyoni buri kwezi muri ubu buhinzi, mu gihe ngo Leta zabanje nta gaciro zahaga umuhinzi wâicyayi, bagashimangira ko aya mahirwe yabahaye batazayapfusha ubusa. Simparingabo Anaclet […]
Moise Katumbi yavuze ko agiye gusubira muri Congo urubanza rwe rurasubukurwa
Urubanza rwa Moise Katumbi, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Kabila, ushinjwa kubiba amacakubiri rwasubukuwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Kamena 2018, nyuma yaho atangarije ko mu kwezi gutaha azajya mu gihugu (RDC) kwiyamamaza ku mwanya wâumukuru wâigihugu. Katumbi n’abandi bantu batandatu barimo n’umunyamerika umwe, bashinjwa icyaha cyo gushaka guhungabanya umutekano […]
Kirehe: Hatangijwe irondo ryâumwuga
Umuyobozi wâIntara yâIburasirazuba, Fred Mufulukye, ku wa kabiri tariki 26 Kamena 2018, yatangije ku mugaragaro Irondo ryâUmwuga mu karere ka Kirehe. Umuhango nyirizina wo kuritangiza ukaba warabereye mu murenge wa Kigarama ahahuriye abakora iyi mirimo barenga 300 bakorera mu mirenge ya Kigina na Kigarama. Uyu muhango witabiriwe nâAbayobozi mu nzego zitandukanye barimo Umuyobozi wa Polisi […]
Ubuhamya bwa Uzamukunda Esperance wiciwe umugabo mu maso inyeshyamba zikamusambanya zimwakuranwaho
Uzamukunda Esperance ni umugore uvuga uburyo yari mu murima arimo guhinga nâumugabo, inyeshyamba zibahingukaho, zihita zica umugabo we abireba, we zisigara zimusambanya, ariko zimusimburanwaho. Uzamukunda yari mu murima arimo guhingana nâumugabo mu gace ka Kiwanja muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babonye abagabo babahingutseho bahetse imbunda, banambaye imyenda ya gisirikare. Avuga ko ako kanya izo […]
Amerika yahawe iminsi 30 ngo ibe yamaze guhuza abana bâabimukira nâimiryango yabo batandukanyijwe
Umucamanza mu rukiko rukuru rwo muri Amerika yategetse ko mu minsi itarenze 30 gusa, buri mwana wâumwimukira watandukanyijwe nâuumubyeyi we aba yamaze kumubona. Umucamanza Dana Sabraw wo mu mujyi wa San Diego ni we watanze iryo tegeko ku munsi wa kabiri tariki ya 26 Kamena 2017, mu rubanza rwashinzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri […]
Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa
Uwahoze ari umukuru wâIgipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, kuri ubu uri mu maboko yâigisirikare ashinjwa ibyaha bitarasobanuka neza, yabwiye abashinzwe kumwunganira mu mategeko ko yiteguye kujya mu rukiko akaburana ababuza kwirirwa basaba ko yashikirizwa urukiko cyangwa akarekurwa bitewe nâigihe amaze afunzwe atarashyikirizwa urukiko. Ubusanzwe Gen Kayihura ni umunyamategeko wâumwuga kuko yayize muri kaminuza, akaba […]
Nyanza: Abantu 25 bashinjwa gukorana nâumutwe wa FDLR na RNC bagejejwe imbere yâurukiko
Abantu 25 baturuka mu bice bitandukanye byâigihugu, bagejejwe imbere yâurukiko rwisumbuye rwa Nyanza, bashinjwa ibyaha birimo kurema umutwe wâabagizi ba nabi, ubugambanyi bugamije kugirira nabi Leta iriho nâibindi birimo gukorana nâumutwe wa FDLR na RNC. Abaregwa 25 bagaragaye mu cyumba cyâurukiko rwisumbuye rwa Nyanza, mu Ntara yâAmajyepfo bari mu mpuzankano yâiroza iranga abagororwa. Kubera ubwinshi […]
Umusore yatawe muri yombi azira kwiremaza akaboko akajya gusabiriza
Polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda icumbikiye umusore witwa Shafik Bakulu Mpagi azira kwiremaza akaboko agashinga agatebe ku muhanda akajya asabiriza umuhisi nâumugenzi. Uyu musore yaje gutangwa nâumwe mu nshuti ze usanzwe amuzi ubwo yari asanze yicaye imbere yâiguriro rya Mukwano arimo asabiriza yiziritse ibitambaro ku kaboko. Polisi ivuga ko uyu musore yabeshyaga […]
Ku nshuro ya mbere polisi y'u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw'amahoro
Polisi yâigihugu yohereje kuri uyu wa 27 Kamena 2018, itsinda ryâabapolisi 160 mu butumwa bwâamahoro muri Sudani yâEpfo harimo abâigitsina gore 85 abandi bakaba ari abâigitsina gabo. Ni ku nshuro ya mbere Polisi yâigihugu yohereje abapolisi mu butumwa bwâamahoro biganjemo abagore. Abo bapolisi bayobowe na ACP Theddy Ruyenzi bahagurutse ku kibuga cyâIndege cya Kanombe mu […]
Ababana nâagakoko gatera SIDA banafite ubumuga bahohoterwa kabiri
Bamwe mu bafite ubumuga bahabwa akato ndetse bagahezwa mu muryango nyarwanda nâahatangirwa serivisi zakabarengeye. Iyo bijemo kwandura agakoko gatera SIDA, gufatwa ku ngufu no guterwa inda zitifuzwa, bihumira ku mirari noneho bagahezwa kurushaho. Abafite ubumuga ni abantu nkâabandi, kubona serivisi zinyuranye nko kwiga, kwivuza, gutembera, kuganira no gukina ; ni uburenganzira bwabo. Nyamara bakomeza kugezwa no […]
Rwamagana: Meya Mbonyumuvunyi yijeje Abasenateri ko ubuzima bwâabasigajwe inyuma nâamateka bwavuguruwe
Umuyobozi wâakarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjabu avuga ko ubuzima bwâabasigajwe inyuma nâamatega bugenda buhinduka. Yabitangajwe ku wa 26 Kamena 2018, ubwo Abasenateri bagize komisiyo yâimibereho myiza mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena basuraga aka karere bareba uko imibereho yâabahejejwe inyuma nâamateka ihagaze. Meya avuga ko muri rusange abatishoboye barimo nâabasigajwe inyuma nâamateka bagezwaho gahunda […]
Volkswagen iratangiza ku mugaragaro ibikorwa byayo byo guteranyiriza imodoka mu Rwanda
Uruganda rwa Volkswagen kuri uyu wa gatatu nibwo rutangiza ku mugaragaro uruganda ruzajya ruteranya imodoka zayo mu Rwanda mu rwego rwo gukomeza kwigaragaza mu karere kâuru ruganda rwa mbere runini rwâimodoka mu Burayi. Mu Rwanda abantu bataunze imodoka baracyari bakeya cyane aho mu gihugu gituwe na miliyoni 12 imodoka zâabantu ku giti cyabo zanditswe kuva […]