Sudani y’Epfo irashinjwa gukomeza kugura ibitwaro mu gihe ubukungu burushaho kuba nabi

Igihugu cya Sudani y’Epfo kirashinjwa kugura ibitwaro nyamara cyugarijwe n’ibibazo by’ubukungu, aho raporo nshya y’Umuryango w’Abibumbye ivuga ko guverinoma y’iki gihugu yaguze indege 2 z’intambara, amakamyo yuzuye amasasu y’intwaro nto ndetse ngo ikaba inashaka gukora amasasu, mu gihe ngo abarwanya ubutegetsi nta ntwaro zifatika baherutse kubona nk’uko iyi raporo y’ibanga Reuters yabonye kuri uyu wa […]

Itorero ry’ Abadivantisiti rikomeje kwibasira Pasiteri Ezra Mpyisi

Umukambwe , Pasiteri Ezra Mpyisi umaze imyaka 65 ari umuvugabutumwa mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda, yibasiwe n’abayobozi b’iri torero ndetse bajya banamukumira bamuziza ko yavuze ko amadini yose ari aya Satani. Muri Kamena 2016, nibwo Pasiteri Ezra Mpyisi yatangaje ikinyamakuru ko atemeranya na gato n’abavuga ko amadini n’amatorero ari iby’Imana, ahubwo ngo […]

Zilatan yatangiye kwicuza impamvu atakoranye na Mourinho kuva na mbere

Nyuma y’igihe gito Zilatan Ibrahimovic ageze muri Manchester United yatangiye kwicuza impamvu kuva kera na kare atigeze yisunga Jose Mourinho bitewe n’ubushobozi amubonamo. Uyu musore yavuze ibyo mu gihe Man Utd irimo kwitwara neza mu ntangiro za shampiyona bitewe n’imipangire myiza y’umutoza ibintu ngo bimuha ikizere cy’uko ashobora no gutwara igikombe. Ku mukino wa Man […]

Gatsibo: Abayisilamu barasabwa kurwanya ingengabitekerezo ishingiye ku iterabwoba

Bitewe n’ uko aka karere gafite amateka maremare ku idini, Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo burasaba abayoboke b’idini ya Isilamu, kurwanya ingengabitecyerezo ishingiye ku bikorwa by’iterabwoba. Ibi byashimangiwe kuri uyu wa Kane tariki 8 Nzeli 2016, mu nama yahuje ubuyobozi bw’aka karere n’abayoboke b’Idini ya Isilamu. Byari mu nama igamije kurwanya no gukumira ibikorwa by’iterabwo bishingiye […]

Igipolisi cyahakanye kugaburira Ingurube Mukulu wayoboraga ADF ari Umusilamu

Igipolisi cya Uganda cyahakanye ibirego gishinjwa byo gukorera iyicarubozo uwahoze ari umukuru w’inyeshyamba zigendera ku matwara y’ubuhezanguni ya kisilamu, Jamil Mukulu kugeza ubwo ngo kimugaburiye Ingurube kandi ari ikizira ku basilamu. Ibi birego byashyizwe ahagaragara na jamil Mukulu ubwe ubwo yagezwaga imbere y’umucamanza w’urukiko muri Jinja kuwa kabiri ushize mbere yo kujyanwa muri Gereza ya […]

Kuki abahanzi bakunze kwambara imyenda ya gisirikare?

Urubyiruko rwinshi rwiganjemo abahanzi rukunze kugaragara rwambaye imyambaro ya gisirikare mu buzima bwa buri munsi ariko cyane cyane no mu bitaramo. Mu rwego rwo kumenya icyo abahanzi babitekerezaho twaganiriye na bamwe muri bo ariko badusaba ko dutatangaza amazi yabo. Ku ikubitiro uwa mbere yagize ati:” ku ruhande rumwe , numva impamvu yatuma umuntu yambara umwenda […]

Kigoma: Abaturage borojwe amatungo magufi ariko yororoka vuba ngo biteze imbere

Ku bufatanye bw’Akarere ka Huye n’Umufatanyabikorwa World Vision, bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye, mu Murenge wa Kigoma borojwe amatungo magufi ariko yororoka vuba kugira ngo babashe kwiteza imbere. Iki gikorwa cyo koroza abaturage ubworozi bw’ingurube, cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 7 Nzeri 2016, kikaba ari igikorwa cyiza cyakorewe abaturage bo […]

U Bwongereza bugiye kohereza abandi basirikare 100 muri Sudani y’Epfo

Abasirikare basaga 100 b’u Bwongereza bagiye gusanga abandi b’Umuryango w’Abibumbye bakorera muri Sudani y’Epfo nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kane na minisitiri w’ingabo , ingabo zose z’u Bwongereza muri iki gihugu zikazaba zigeze kuri 400. Minisitiri w’ingabo, Micheal Fallon yavuze ko kohereza izi ngabo zizagenda zisanga izindi 300 z’Abongereza zisanzwe mu karere, bishobora kuzafasha kugabanya […]

Ibintu 5 ukwiye kumenya ku Munyamabanga Mukuru mushya wa CNDD, Gen. Evariste Ndayishimiye

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi kuva mu 2005 mu gihugu cy’u Burundi, riherutse gutora Umunyamabanga Mukuru waryo mushya, umwanya waje ukuraho uwa perezida w’ishyaka wari usanzwe, ugahabwa Gen. Evariste Ndayishimiye. Ese uyu mugabo ni muntu ki? Ibintu bitanu by’ingenzi ukwiye kumumenyaho. Azwiho kuba umuhanga mu kuvuga imbwirwaruhame zihumuriza Umuyobozi mushya w’ishyaka CNDD yagiye akoresha amagambo […]

Abahinzi barasabwa kuba baretse gutera imbuto muri iki gihe cy’umuhindo

Ikigo gishinzwe iteganyagihe mu Rwanda kiraburira Abahinzi kuba baretse gutera imbuto muri iki gihe kuko imvura y’abahinzi ikiri nkeya bityo bikaba bishobora kubangiriza imyaka. Iki kigo kivuga ko muri uyu muhindo imvura izaba nke ugereranyije n’iyaguye mu mwaka ushize, kuko ngo iy’iki gihe izibanda mu ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru naho mu y’Iburasirazuba n’Amajyepfo izaba nke. Abakozi […]

Guhuza muri EAC biracyari ikibazo mu gihe buri gihugu kireba inyungu zacyo

Guhuza mu umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) biracyari ikibazo kuko ibihugu bishinjanya gushaka nyungu zabyo aho gushaka inyungu z’umuryango. Uku kutumvikana kwatewe no kutumvikana ku masezerano y’ubufatanye mu ubukungu hagati y’uyu muryango n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi aho ibihugu bimwe byasinye aya masezerano ibindi bihugu byanga kuyasinya. Ibihugu byasinye kuri aya masezerano ni u Rwanda na Kenya […]

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Tariki ya 8 Nzeri 2016, Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda Takayuki Miyashita yasuye icyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, akaba yarashimishijwe cyane n’ibyo Polisi y’u Rwanda imaze kugeraho, mu kwifashisha ikoranabuhanga mu kubungabunga umutekano no kwirinda ibyawuhungabanya. Ambasaderi Takayuki yakiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, ndetse banagirana ibiganiro. Yanasuye kandi […]

Igihango Habyalimana yagiranye na Mobutu ni intandaro yo kudasenya FDLR

Mu gihe hakibazwa impamvu Umuryango mpuzamahanga udashyira mu bikorwa icyemezo cyo kwambura intwaro umutwe wa FDLR abakurikiranira hafi politiki mpuzamahanga basanga kuba uyu mutwe ushyigikiwe n’ umuryango SADC ntawapfa kuwisukira. Hitegerejwe uburyo ingabo zidasanzwe za Loni (Brigade Speciale d’ Intervention) zigizwe ahanini n’ ibihugu bimwe byo muri SADC yasenye inyeshyamba za M23 mu gihe gito […]

Nyabihu : Abagore babiri bafatanywe udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyabihu yafatiye mu mikwabu itandukanye abagore babiri bafite bule z’urumogi zisaga 7600. Abarufatanwe ni Uwamahoro Chantal; wafashwe ku ya 8 Nzeri na Akingeneye Sofia; wafashwe tariki 7 Nzeri. Bombi bafatiwe mu kagari ka Kora, ho mu murenge wa Bigogwe, aho ubanza yafatanwe bule 6081, naho uheruka akaba yarafatanwe bule […]

Afrima award 2016:Butera Knowless mu byamamare byatoranyijwe guhatanira ibihembo

Umuhanzikazi Butera Knowless nyuma yo gutwara ibihembo birimo n’ibya Guma Guma, yagaragaye ku rutonde rw’abazahatanira ibihembo bya Afrima Award 2016. Uyu muhanzikazi agaragaye ku rutonde rumwe n’abahanzi bakomeye ku rwego rw’Afrika mu gisata cy’abahanzi bafite ejo hazaza ndetse no mu bahanzi baririmba mu injyana ya R&B. Abahanzi bahanganye muri ibi bisata uko ari bibiri, harimo […]

Pasitoro yishe undi bapfuye impaka ku iyobokamana

Umusaza w’umupasitoro yarashwe yicwa na mugenzi we w’umupasitoro ufite ubumuga, nyuma yo kujya impaka za ngo turwane ku iyobokamana nk’uko byatangajwe n’igipolisi cyo muri Illinois ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igipolisi Cya Chicago kivuga ko cyataye muri yombi umusaza w’imyaka 67 witwa Ted Merchant, nyuma yo gushinjwa kwica Allen Smith w’imyaka 80. Mu […]

Gatsibo: Imodoka yagonze umugabo arapfa yari agemuriye umugore we wabyaye

Mu Karere ka Gatsibo ahagana mu masaha y’iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Nzeli 2016, Ku muhanda uturuka Kabarore werekeza Kiramuruzi hafi y’ahari Agasanteri ka Rugarama, Imodoka yo mu bwoko Coaster ifite Plaki RAC 129 Q ya Kompanyi EXCEL itwara abagenzi mu Nyagatare-Kigali yagonze umuntu umwe ahita yitaba Imana . Theogene […]

Dore ibintu 6 bidakwiye kuguherana igihe watandukanye n’umukunzi wawe

Hakunze kugaragara ibibazo byinshi abatandukanye n’abakunzi babo bahura nabyo bishingiye ku masezerano runaka baba baragiranye, abandi bagatandukana kubw’imiryango yabigizemo uruhare ugasanga bisize amatage ku mpandezombi binagoranye kugirango bayikuremo, nyamara hari uburyo abatandukanye bakwiye kwibandaho ntibaheranwe n’ibyo bibazo. Rero igihe wamaze gutandukana n’uwo ukunda hari ibintu uba ugomba kwirinda kuba wakora kuko igihe ubikoze uba wiremereza […]

Ese gukora imibonano mpuzabitsina buri munsi byatuma umugore adasama?

Gukora imibona mpuzabitsina buri munsi ngo ntibigabanya amahirwe ku bagore yo gusama gusa ngo biba byiza kubikora ugataruka iminsi 2 cya3.Amakuru dukesha urubuga rwa 7sur7 aravuga ko gukora imibonano mpuzabitsina buri munsi ku bagore ntacyo bitwaye cyane ariko ku bagabo bikaba ikibazo. Gusa ngo uburyo bwiza bwo gusama ni ukaba mwakora imibonano mpuzabitsina mugataruka iminsi […]

Gen. Kabarebe i London mu nama ya ba minisitiri b’ingabo ku kubungabunga amahoro

Guhera kuri uyu wa Gatatu, itariki 07 kugeza kuri uyu wa Kane itariki 08 Nzeri, u Bwongereza bwakiriye Inama ya ba minisitiri b’ingabo bafite ingabo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa Loni ibera London. Iyi nama ikaba yanitabiriwe na minisitiri w’ingabo w’u Rwanda, Gen. James Kabarebe nk’uko bigaragara kuri twitter ya minisitiri Louise Mushikiwabo. #Rwanda […]

U Rwanda na Singapore basinye amasezerano y’ubufatanye mu bwubatsi butangiza ibidukikije

Guverinoma y’u Rwanda na Singapore basinye amasezerano y’ubufatanye mu kubaka ibikorwa remezo bizifashishwa mu kuzamura ingufu z’amashanyarazi, n’amazi, ndetse byubatse ku buryo bubungabunga ibidukikije. Aya masezerano yasinyiwe muri Singapore kuri uyu wa Gatatu hagati y’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imyubakire (RHA) Eng. Didier Sagashya hamwe na Choo Watt Bin, umuyobozi w’urwego rw’ubwubatsi muri Sengapore. Ambasade y’u Rwanda […]

Biratangaje: Perezida ukennye kurusha abandi muri Afurika ayobora igihugu cya 2 gikize

Nyuma y’igihe gito atorewe kuyobora igihugu cye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamushimiye ingamba yafashe zo kurwanya ruswa. Uyu wigeze kurangwa n’ibikorwa byo guhirika ubutegetsi ariko akaza gukizwa akayoboka demokarasi, nta wundi ni perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari, ufatwa kuri ubu nka perezida wa mbere ukennye muri Afurika nyamara ayobora igihugu cya 2 gikize ku […]

Abitirirwa icyubahiro cy’umurimo w’Imana si uko ari abakozi bayo

Mu gihe isi igenda yihuta mu iterambere ni nako iyogezabutumwa bwiza ryiyongera ndetse ariko uko burushaho gukwira hirya no hino niko n’abitirirwa icyubahiro cy’umurimo w’Imana barushaho kwiyongera ariko siko baba ari abakozi bayo. Abambaye umurimo w’ubukozi bw’Imana cyangwa abawiyambitse n’ibenshi bitewe n’inyungu runaka bawukuramo,kuko iyo ugenzuye usanga bamwe barihamagaye abandi bahamagawe n’abantu ndetse abandi baraguye. […]

Huye: Abaretse gucuruza inzoga zitemewe bakanguriye ababikora kubireka

Abafite utubari bacuruzaga inzoga zitemewe zirimo iyitwa Muriture bo mu Murenge wa Huye, ho mu Karere ka Huye bakanguriye ababikora kubireka no gufatanya kubirwanya. Ubu butumwa bwatanzwe na bamwe mu bafite utubare mu murenge wa Huye mu nama bagiranye n’Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Huye, Inspector of Police (IP) Eric Gasana. Iyo nama yabereye […]

M23 irashinja Kabila kuba inyuma y'ubwicanyi bukorwa mu Burasirazuba bwa Congo

Abahoze ari inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 bashyize ahagaragara raporo igaragaza ko umutekano mucye urangwa mu Burengerazuba bwa Congo ugirwamo uruhare na Guverinoma. Inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF mu mezi ashize zagabye ibitero mu midugudu itandukanye bica abantu benshi. Umuyobozi wa M23, Bisiimwa Bertrand yatangaje ku rubuga rumwe kuri uyu wa Gatatu ko […]

Mu Mafoto: Uko perezida Kagame yakiriwe muri Tanzania

Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane, itariki 08 Nzeri 2016 yasesekaye muri Tanzania , aho yitabiriye Inama ya 17 idasanzwe ya EAC . Perezida w’u Rwanda akaba yageze muri Tanzania akubutse muri Kenya aho kuri uyu wa 07 Nzeri yitabiriye inama ku mpinduramatwara mu buhinzi ku mugabane wa Afurika. Reba amafoto: Kanda hano […]

Kuri iyi nshuro nabwo Perezida Nkurunziza yanze kwitabira inama ya EAC

Inama idasanzwe ya 17 y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba irimo kuba kuri uwu wa kane tariki ya 8 Nzeli 2016, abakuru b’ibihubu bakaba bayitabiriye habuzemo Perezida Nkurunziza w’u Burundi wahakanye kongera gusohoka igihugu. Kuva ku wa 13 Gicurasi 2015, ubwo yakorerwaga Kudeta igapfuba, Nkurunziza ntarongera kurenga imbibi z’u Burundi ndetse akaba yaranagiye atumirwa […]

Abakozi 7 b’Ikigo cy’umutungo kamere mu maboko ya polisi

Abakozi 7 b’Ikigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere bamaze hafi icyumweru mu maboko ya polisi bakurikiranweho guhimba ibyangombwa by’ubutaka . Bose uko ari barindwi bakoraga mu bijyanye n’ubutaka mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere, bafashwe na polisi kuwa 02 Nzeri 2016. Ubushinjacyaha bukaba buvuga ko bwamaze gushyikirizwa dosiye zabo. Aba bakozi bakekwaho “guhimba ibyangombwa by’ubutaka, babihimbira abantu, cyangwa […]

Impamvu nyirizina yatumye Kanyankore yaounde yirukanwa igitaraganya muri APR yatahuwe

Kanyankore Yaounde wari usanzwe atoza ikipe ya APR Fc yeretswe umuryango uyisohokamo nyuma y’uko ananirwa gutanga umusaruro mu marushanwa ya gisirikare aherutse kubera mu Rwanda. Uyu mugabo wari umaze igihe kitari kinini atoza iyi kipe, yirukanwe muri iyi kipe mu gihe hari hashize iminsi mbarwa yatswe ikipe y’igihugu Amavubi igahabwa Jimm Mulisa. Kuri uyu mwanya […]

Burundi: APRODH iravuga ko kwimura abanyururu mu masaha ya ninjoro hari ikindi kibyihishe inyuma

    Iyimurwa ry’abanyururu 25 bavanwa muri Gereza ya Mpimba bajyanwa muri gereza za Gitega na Rumonge mu Burundi rihangayikishije abaharanira uburenganzira bwa muntu, cyane ko ngo ibi bikorwa ninjoro. Nk’uko byatangajwe na perezida w’ishyirahamwe APRODH, ngo abatanze ayo mabwiriza bari bafite umugambi wo kwivugana abo banyururu. Biravugwa ko abanyururu 25 bari bafungiye muri Gereza […]

FDU/Inkingi ikomeje guhangayikishwa n’ ifungwa ry’ Umubitsi waryo

Kuva ku italiki ya 23 Kanama 2016, Ishyaka FDU ryatangaje ko Umubitsi waryo wungirije , LĂ©onille Gasengayire yatawe muri yombi ashinjwa gushaka kugumura abaturage mu gace ka Kivumu gaherereye mu Karere ka Rutsiro. LĂ©onille Gasengayire akurikiranyweho kwica itegeko rya 463 rishobora gutuma afungwa imyaka iri hagati y’ imyaka 10 na 15 mu gihe yahamwa n’ […]

Ikoranabuhanga mu nkiko rizafasha mu kuzamura imikorere y’inkiko- Prof. Rugege

Integrated Eletronic Case Management System (IECMS) ni uburyo bwatangijwe buzafasha kwihutisha serivise zitangwa n’inkiko nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’urukiko rw’ikirenga Sam Rugege. Prof. Rugege yatangaje ibi mu karere ka Muhanga ubwo yatangizaga amahugurwa y’abacamanza yateguwe n’ikigo kigenzura ibigo (RMI). Abacamanza 196 baturutse mu nkiko zitandukanye zo muturere 4 bari mu mahugurwa y’iminsi 5 ku gukoresha iyi […]

Abacuruzi b’inyanya babangamiwe n’igihombo giterwa no kubura abaguzi

Abacuruzi b’imboga by’umwihariko inyanya mu mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’igihombo bahura nacyo gitewe no kubura abaguzi kuko ubu ari ku mwero wazo bigatuma ziba nyinshi ku masoko. Aba bacuruzi bavuga ko babona inyungu iyo inyanya zahenze kuko ngo igitebo cyazo kirangura amafaranga menshi nabo bagacuruza ku giciro kibanogeye, mu gihe muri iki gihe bategereza umuguzi […]

Ingabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Darfur zambitswe imidari

Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 45 zibungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye i Darfur muri Sudani (UNAMID), kuri uyu wa kabiri tariki ya 06 Nzeri 2016 bambitswe imidari y’ishimwe ry’akazi bakomeje kugaragaza gukora kinyamwuga. Umuhango wo kwambikwa iyo midari wabereye ku cyicaro cy’ingabo z’u Rwanda Batayo ya 45 ziri mu butumwa bw’amahoro muri Zalingei i […]

Ese Gen. Kayumba Nyamwasa asabye imbabazi u Rwanda yazihabwa?

Ibitangazamakuru binyuranye bikomeje byerekana ko Gen.Kayumba Nyamwasa aramutse atashye mu Rwanda yakwakirwa bigaragara ko ahageze yaba aje gusoza uburoko bwe kuko yakatiwe mu rukiko. ”Kayumba Nyamwasa yakatiwe adahari mu 2011 n’urukiko rukuru rwa gisirikare mu Rwanda, gufungwa imyaka 24 ndetse yamburwa impeta zose yari afite za gisirikare. Yahanishijwe ibi bihano bikaze biturutse ku byaha yarezwe […]

Ijambo ry’Imana: Ugendana n’abanyabwenge na we azaba umunyabwenge, ushyikirana n’abapfapfa bizamugwa nabi

Bibiliya ivuga ukuri kudashidikanywaho iyo igira iti “ugendana n’abanyabwenge na we azaba umunyabwenge, ariko ugirana imishyikirano n’abapfapfa bizamugwa nabi” (Imigani 13:20). Uwo mugani uvuga ibirenze ibyo kugirana n’umuntu imishyikirano isanzwe. Ijambo ‘kugendana’ ryumvikanisha imishyikirano ihoraho. * Hari igitabo gisobanura Bibiliya cyasobanuye uwo murongo kigira kiti “kugendana n’umuntu byumvikanisha kugirana na we ubucuti.” Ese ntiwemera ko […]

Ibintu 3 by’ ingenzi ugomba kuzirikana mu gihe cyo gutera akabariro

Mu gihe cyo gutera akabariro hari ibintu umuntu ashobora gukora atabishaka ahubwo akaza kubyicuza nyuma bikaba byanamutera isoni n’ikimwaro bitewe nuko aba yabikoze asa n’uwataye ubwenge kubera ubushake bwinshi. Abenshi iyo bari muri iki gikorwa bihutira kwivana ku nkeke baba batewe n’ubushake umubiri wabo uba ufite ,ndetse hari n’abakora ibidakwiye gusa bo batabizi ariko bakabikora […]

Nyarugenge: RRA yafunze amaduka y’ abacuruzi baryozwa miliyoni 800

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyarugenge ushizwe iterambere ry’ubukungu, Nsabimana Vedaste, avuga ko hari amaduka atandukanye ari gufungwa mu gace k’ubucuruzi kazwi nka “Quartier Commercial” na “Mateus”. Arafungwa kugira ngo hishyurwe imisiro n’amahoro by’ibirarane, bingana na miliyoni 800FRw. Agira ati “Hari abadufitiye ibirarane barimo: abamaze imyaka cyangwa amezi menshi badatanga imisoro n’amahoro”. Usibye kuba hari abacuruzi […]

Umugore agaburirwa hakoreshejwe umubirikira ngo azahige abandi mu kubyibuha ku isi-AMAFOTO

Monica Riley usanzwe ufite umubyibuho ukabije, yahisemo gushaka kwesa agahigo ko kuba umuntu ubyibushye ku isi aho agaburirwa n’umukunzi we akoresheje umubirikira ngo arusheho kumira nta rutangira. Uyu mugore ngo akomeje kurya amafunguro abyibushya yiganjemo ibikungahaye ku isukari abifashijwemo n’umukunzi we ukomeje kumutiza umurindi ngo kugeza ubwo abaye uwambere ku isi ubyibushye. Gusa nubwo yihaye […]

Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam

Inteko rusange y’Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z’iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n’umutekano ushobora guhungabanywa n’intagondwa zikingiriza idini ya islam. Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence atangiza inama yibukije akamaro k’umutekano n’uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko umutekano uhari mu gihugu hose ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko […]

Tariki ya 07 Nzeli 1997, Marchal Mobutu yapfuye asize igihugu cye kigurumana

Muri uyu mwaka w’1997, ubwo Desire Kabila n’abari bamuri inyuma bamushakira ubutegetsi hasi no hejuru bari barakamejeje, Marishali Mobutu we nibwo yatabarutse adasoje urugamba, amaze igihe gito ahunze, aho atabarukiye igihugu cye cyasigaye kigurumana kugeza magingo aya kitarazima. Muri Gicurasi 1997, yahise ajya kwivuza indwara ya kanseri mu gihugu cya Maroc, aza gupfa ndetse ahambwa […]

EACJ: Urubanza Rujugiro Tribert akurikiranyemo guverinoma y’u Rwanda rwasubukuwe

Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert akomeje urugamba rwo gusubirana imitungo ye yafatiriwe na guverinoma y’u Rwanda, aho kuri uyu wa kabiri urukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rw’Ubutabera (EACJ) rwatangiye kumva imiterere y’ikirego Rujugiro yarushyikirije arega guverinoma y’u Rwanda gufatira imitungo ye mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo kujurira kwe ubwo yatsindwaga mbere. Ibi bikaba bije bikurikira […]

Leilla, umukobwa uba i Bujumbura akaba ashaka umukunzi

Ndi umukobwa muremure muto muto atari cane inzobe idakabije ndumunyeshure mba i Bujumbura ndumurundi kazi nkaba naje hano kwururubuga kuraba ko nobona amahirwe yokuronka King of my heart ariwe umukunzi. Nshaka umukunzi w’umusore muremure mutomuto atari cane wigikara yubaha abantu bose atakuvangura nawe akiyubaha akongera akiyubahisha, abe yitonda adakunda ibirori cane. Yiyizi azi n’agaciro ke […]

Gabon: Aubameyang ngo yatumye ikipe y’igihugu itsindwa yerekana ko ari inyuma ya Bongo

Umusore umaze kumenyekana mu mukino wa Ruhago mu ikipe ya Borussia Dortmund, aravugwaho kuba yaragize uruhare mu gutsindwa kw’ikipe y’igihugu ya ruhago mu rwego rwo kugaragaza ko ashyigikiye perezida wa Gabon Omar Bongo, ari naho uyu musore akomoka. Ni mu mukino wahuje ikipe y’igihugu ya Gabon na Sudan ubwo bahataniraga itike yo kujya mu gikombe […]

FDLR yahaye imbabazi abitandukanyije nayo ibasaba kugaruka bitarenze itariki ya 30 Nzeri

Umuyobozi w’ingabo za FDLR-FOCA aratangaza ko abahoze muri uyu mutwe baherutse kwitandukanya nawo bagashinga umutwe wabo bahawe imbabazi bakaba bahawe kugeza mu mpera z’uku kwezi bamaze kugaruka muri FOCA. Amakuru yo gucikamo ibice kw’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa Congo yamenyekanye mu ntangiriro za Kamena 2016, yavugaga ko umwanzuro wafashwe nyuma […]

Perezida Kagame i Nairobi aho yitabiriye AGRF 2016

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umukuru w’igihugu yerekeje mu gihugu cya Kenya aho yitabiriye ihuriro ku mpinduramatwara mu by’ubuhinzi butangiza ibidukikije muri Afrika Africa Green Revolution Forum , AGRF 2016. Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe mu bari butange ibiganiro muri iyi nama ahagana mu ma saa cyenda ku isaha ya hano […]

Lupita Nyong'o yerekaniye umukunzi we mu gihugu cye cy’amavuko

Lupita Nyong’o ukomoka muri Kenya akaba asanzwe akinira Filme muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaje mu gihugu cye kwerekana umukunzi. Ni nyuma y’igihe kitari gito uyu mukobwa asabwe n’abatari bake ko yazabereka umukunzi we bigakura abantu mu gihirahiro niba koko atari umutinganyi nkuko bamwe babicyekaga. Uyu mukobwa yerekanye umukunzi we bivugwa ko akomoka mu […]

U Rwanda ruzakuba 2 umusaruro w’indabo bohereza mu mahanga

U Rwanda rufite gahunda yo kuzamura umusaruro w’indabyo bohereza mu mahanga bitarenze uyu mwaka nyuma yo gutunganya ahantu hatunganirizwa indabyo mu gace ka Gishari mu karere ka Rwamagana. Hategekimana Emmanuel umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubucuruzi n’inganda niwe watangaje ibi, by’umwihariko ibi bikazafasha u Rwanda kubona amafaranga y’amanyamahanga rukoresha rutumiza ibicuruzwa bitaboneka mu gihugu, izi […]

E.U irashinjwa gukoresha Abajanjaweed bo muri Sudani mu gukumira abimukira

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi urahakana guha inkunga iyo ari yo yose umutwe wa RSF (Rapid Support Forces) wamenyekanye cyane ufite abarwanyi bitwa Janjaweed ngo ubafashe guhagarika abimukira mu Burayi binyuranyije n’amategeko, ahubwo wemera ko ushyigikiye ubushake bwa Sudani bwo kurwanya abimukira banyuranyije n’amategeko n’ubucuruzi bw’abantu. Umutwe wa RSF uzwi cyane nk’umutwe w’Abajanjaweed, ubusanzwe washinzwe na […]

Gasasira Gaspard wahoze ari umunyamakuru yatabarutse

Gasasira Gaspard wakoreraga Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), yapfuye mu masaya ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Nzeri 2016, iby’urupfu rwe bikaba bikiri amayobera kuko yapfuye mu gihe yiteguraga kujya ku kazi. Gasasira Gaspard yabyutse mu masaha ya mu gitondo agiye kwitegura kujya ku kazi, yicara iwe mu rugo bigaragara […]

Ikinamico: Hon. Agathon Rwasa arwanya ate Leta akorera?

Nta opozisiyo iri mu Burundi, kimwe n’ andi mashyaka ari ku ngoma muri Afurika CNDD/FDD ntiyifuza umuntu uyivuguruza niyo mpamvu iri shyaka ryishingiye opozisiyo ryifuza kandi yumvira amatwara n’ amahame nshingiro agomba kugenderwaho mu kuyobora igihugu. Iyo myitwarire ya CNDD/FDD rero yasenye opozisiyo ya politiki mu Burundi ndetse inakumira ibiganiro mpaka bya politiki ishingiye kuri […]

Hari impungenge z’uko Ingagi zishobora gucika ku Isi

Abashinzwe gusigasira inyamanswa zo muri pariki mu Rwanda baratangaza ko bafite icyizere cy’uko umubare w’Ingagi uzakomeza kwiyongera mu gihugu nubwo hakomeje kugaragazwa impungenge z’uko izi nyamanswa zishobora gucika kw’isi vuba aha. Ihuriro mpuzamahanga ry’abashinzwe kubungabunga ibidukikije bagaragaje ukuntu amoko amwe y’inyamanswa by’umwihariko Ingagi, agenda agabanyuka bikabije ku isi. Nk’uko raporo yashyizwe ahagaragaramuri kongere ya World […]

Kuki Ruganzu Ndoli yakuyemo imyenda ubwo yamenyaga ko umugabo wa nyirasenge ashaka kumwica?

Ruganzu II Ndoli umwami wayoboye u Rwanda mu bihe bigoye, birimo no gushaka kwicwa ariko ntibyagerwaho ahungishirizwa kwa nyirasenge Nyabunyana i Karagwe. Ndahiro Cyamatare cya Yuhi Gahima ka Mibambwe Mutabazi abonye ko bene se wabo bagiye kumuvana ku ngoma, ni bwo yigiriye inama yo guhungisha umuhungu we kugirango batazamwica azabone uko yima ingoma. Mu gihe […]

Abanyamakuru n’abanyapolitiki baganiriye uko banoza imikoranire aho guhangana

Abanyapolitiki n’abanyamakuru bo mu Rwanda basanga nta n’umwe ukwiye gushyira inyungu ze imbere ahubwo batahiriza umugozi umwe bagamije kubaka igihugu. Ibi bakaba babiganiriyeho ubwo izi mpande zombie zagiranaga ibiganiro kuri uyu wa 06 Nzeri hagamijwe kwiga uko inkuru za politiki zajya zikorwa kinyamwuga. Umuvugizi w’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, madamu Mukabunani Christine, yatangaje […]

CNLG yatangiye ibarura ry'abarokotse jenoside bakeneye ubufasha bwihutirwa

Komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside (CNLG) ifatanyije n’indi miryango, kuri uyu wa kabiri batangije ibarura kugirango hamenyekane abarokotse jenoside batishoboye bacyeneye ubufasha bwigutirwa. Iki gikorwa cyatangiranye n’ingo z’abarokotse jenoside zirenga 70 zo mu midugudu 6 yo mu karere ka Rusizi ndetse bigakomereza mu turere twa Rulindo, Gatsibo, Nyagatare, Kayonza, Rwamagana na Bugesera. James Nzirimo, ushinzwe […]

Mu Mugezi wa Rusizi hatoraguwe imirambo y’abantu babiri bishwe bajugunywamo

Mu Mugezi wa Rusizi, mu birometero nka 5 uvuye mu Ntara ya Cibitoke ho mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, hatowe imirambo ibiri y’abantu bishwe bajugunywamo. Iyi mirambo, uw’umugabo n’uw’umugore, yasanzwe mu mugezi wa Rusizi ku ruhande rwa Segiteri Rusiga, muri Komini ya Rugombo. Nk’uko byatangajwe na SOS MĂ©dias Burundi , ngo ni abahinzi bakorera ku […]

Abahanzi 11 batabarutse ariko ibihangano byabo bikaba bitazibagirana

Bamwe muri aba bahanzi bagiye bicwa muri jenoside abandi bicwa n’ idwara ariko kugeza magingo aya ibihangano byabo birabavugira, n’ubwo hatangajwe 11 si uko aribo gusa batabarutse ibihangano byabo bikaba bikiri mu mitwe ya benshi. 1.Kagambage Alexandre: Uyu muhanzi yagaragaje ubuhanga mu njyana nyarwanda ibyo byatumye aba ikirangirire anatumirwa cyane mu mihango y’ ubukwe. 2.Sebanani […]