Kabila yasubije Museveni ko ari we wateje umutekano muke mu karere

Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo kuva mu mwaka w’2001 kugeza mu 2019 yasubije Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ko ari we wateje akarere ibihugu byombi biherereyemo ibibazo. Kabila yabitangarije Reuters asubiza Museveni uherutse gutangaza ko ubutegetsi bwe ari bwo bwatumye umutwe wa ADF wongera kwisuganya kandi wari warashegeshwe n’ingabo za Uganda mu […]

Kwizera Emmanuel yishwe azira kutishyura inkwano

Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko witwa Kwizera Emmanuel wari utuye mu karere ka Kiruhura muri Uganda yishwe n’abo mu muryango wa sebukwe, bamuhora kuba yaranze kwishyura inkwano y’umukobwa wabo. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2023 yatangaje ko Kwizera yakubiswe kugeza apfuye ubwo yari yagiye gucyura umugore we wari warahukanye. […]

Wagner yohereje abarwanyi benshi muri Centrafrica

Umutwe w’abacancuro wa Wagner PMC wohereje amagana y’abarwanyi muri Repubulika ya Centrafrica kugira ngo bazafashe inzego zo muri iki gihugu kurinda umutekano w’amatora ya kamarampaka ku ihindurwa ry’Itegekonshinga. Ihuriro ry’Abarusiya rigenzura imikorere ya Wagner muri Centrafrica, OUIS (Officers’ Union for International Security) ryatangarije kuri Telegram ko aba “barimu b’inararibonye” basimbuye bagenzi babo bari basanzwe bakorera […]

Putin yafashe icyemezo gituma Afurika yizirika umukanda kurushaho

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2023 yafashe icyemezo gishobora gutuma Abanyafurika bizirika umukanda mu nda kurusha uko byari bisanzwe. Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (Associated Press) byabitangaje, iki cyemezo ni icyo guhagarika kubahiriza amasezerano yo kurekura ibinyampeke binyura ku Nyanja y’Umukara, byaheze ku byambu bitewe n’intambara ya Ukraine n’u Burusiya. Umuvugizi […]

Perezida wa Hongria yiyemeje kuba umwigisha w’amahoro nyuma yo gusura urwibutso rwa jenoside rwa Kigali

Perezida wa Hongria, Katalin NovĂ ÂĄk, yiyemeje kuba umwigisha w’amahoro nyuma yo gusura urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi. Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko yashengutse umutima nyuma yo gusura uru rwibutso, akunamira abaruhukiyemo, kandi ngo yanasengeye abarokotse n’Abanyarwanda muri rusange. NovĂ ÂĄk yavuze ko kandi kumenya amateka ya jenoside yakorewe Abatutsi byatumye yiyemeza […]

Umuryango ukomeye urakeka uruhare rwa Tshisekedi mu rupfu rwa Okende

Umuryango LUCHA uharanira impinduka muri Repubulika ya demukarasi ya Congo urakeka uruhare rwa Perezida FĂ©lix Tshisekedi mu rupfu rwa ChĂ©rubin Okende wari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi. Okende wabaye Minisitiri w’ubwikorezi muri RDC, akaba umudepite n’umuvugizi wa MoĂ ÂŻse Katumbi, yasanzwe mu modoka i Kinshasa yishwe, nyuma yo gushimutirwa ku rukiko rushinzwe kurinda Itegekonshinga tariki ya 13 […]

Uganda isobanura ko ntaho ‘Banyarwanda’ bahuriye n’ikibazo yagiranye n’Abanyarwanda

Mundeyi asobanura ko Banyarwanda n'Abanyarwanda batandukanye

Minisiteri ishinzwe umutekano w’imbere muri Uganda yatangaje ko ntaho ikibazo cy’ibyangombwa abantu baturukaga mu Rwanda (Abanyarwanda) bagiriraga i Kampala gihuriye n’abo mu bwoko bwa Banyarwanda. Iki ni igisobanuro cyatanzwe n’Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Simon Peter Mundeyi, mu kiganiro yagiriye kuri NBS TV, kuri uyu wa 16 Nyakanga 2023. Mundeyi yavuze ko mu myaka mike ishize, Leta […]

Umubiri w’umusirikare w’u Rwanda wiciwe muri Centrafrica wagejejwe i Kigali

Umubiri wa Sgt Tabaro ubwo wakurwaga mu ndege

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yatangaje ko umubiri w’umusirikare wiciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro muri Repubulika ya Centrafrica wagejejwe i Kigali kuri uyu wa 16 Nyakanga 2023. Umubiri w’uyu musirikare, Sergeant Tabaro Eustache, wakiriwe mu cyubahiro n’itsinda ry’abasirikare riyobowe na Maj. Gen. Ruki Karusisi wari uhagarariye Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen. Mubarakh Muganga, ndetse […]

Ni iki cyakurikiraho mu gihe FDLR yatera Rubavu?

Lt Col Ryarasa yasabye ab'i Rubavu kuba maso

Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu, Nyabihu na Rutsiro, Lieutenant Colonel Ryarasa William yatangaje ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR uteganya kugaba ibitero mu karere ka Rubavu. Uyu musirikare wavuze aya magambo tariki ya 14 Nyakanga 2023 ubwo yari mu nama mpuzabikorwa n’abo mu nzego zitandukanye mu karere ka Rubavu, yasobanuye ko abarwanyi […]

RIB iravuga ko hari abanyamakuru babangamira akazi kayo

Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, aravuga ko hari abanyamakuru babangamira akazi kayo k’iperereza, bikagera ku rwego rwo kubuza abo rushaka kuvugana n’abagenzacyaha. Ibi Murangira yabikomojeho avuga ku nkuru y’abantu babiri bo mu karere ka Gicumbi batawe muri yombi tariki ya 13 Nyakanga 2023 bakekwaho kubeshyera Pasiteri ko yasambanyije umuyoboke we. Mu kiganiro na […]

Bishop Gafaranga arahamya ko yahombeye Frw miliyoni 70 muri Tom Transfers

Habiyaremye Zacharie alias Bishop Gafaranga uzwi nk’umunyarwenya n’umushoramari aravuga ko yahombeye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 70 mu kigo Tom Transfers cyatangaga serivisi yo gukodesha imodoka. Gafaranga yabivugiye mu kiganiro yagiriye kuri Isimbi TV, cyagiye hanze kuri uyu wa 15 Nyakanga 2023. Yagize ati: “Nari mfite business nakoraga, nkorana na Tom Transfers. Kiriya kigo nakoragamo cyaje […]

Uwabaye umuzamu w’ikipe ya Nigeria yayiteguje ko Amavubi ashobora kuzayitsinda

Peter Rufai mu bihe bye ubwo yari imbere ya Diego Maradona, bombi bari ba kapiteni b'amakipe y'ibihugu

Peter Rufai wabaye umuzamu w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Nigeria hagati y’umwaka w’1983 n’1998 yayiteguje ko Amavubi y’u Rwanda ashobora kuyitsindira mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi mu gihe yayasuzugura. Amavubi ari mu itsinda C hamwe n’ikipe ya Afurika y’Epfo, iya Benin (zifite ibikombe bitatu bya Afurika), iya Zimbabwe na Lesotho. Rufai mu kiganiro cyihariye […]

Burundi: Umunyeshuri wafunzwe akekwaho gukopera ibizamini yaciye igikuba

Umunyeshuri witwa Ndayishimiye Christelle wigaga mu ishuri ryisumbuye rya Mugendo mu ntara ya Kirundo, yaciye igikuba nyuma yo gufungwa akekwaho gukopera ibizamini. Uyu munyeshuri yatawe muri yombi nyuma y’aho bagenzi be bandikiye umuyobozi w’ishuri witwa Nemeyimana Oscar, bamumenyesha ko uyu ajya gukora ibizamini azi ibyo ari bubazwe. Tariki ya 12 Nyakanga 2023, urukiko rukuru rwa […]

Me Nyembo aravuga ko Prince Kid ari kujurajuzwa

Umunyamategeko umwe muri babiri bunganira Ishimwe DieudonnĂ© uzwi nka Prince Kid, Me Emelyne Nyembo, aravuga ko umukiriya we akomeje kujurajuzwa, bikamushyira mu rujijo rw’ikigambiriwe. Ni amarangamutima yagaragaje, yerekana ko atishimiye kuba ubushinjacyaha bwashyize mu masaa saba y’ijoro ryo kuri uyu wa 14 Nyakanga 2023 muri sisiteme y’urubanza ibimenyetso rwagombaga kwifashisha, habura amasaha make ko urubanza […]

RDF yivuganye Général Bin Laden wayoboraga abarwanyi bayiciye umusirikare

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) ziherutse kwica umuyobozi w’abarwanyi baziciye umusirikare, GĂ©nĂ©ral Mahamat Tom uzwi nka ‘Bin Laden’. Iki gitero umusirikare w’u Rwanda yaguyemo cy’abitwaje intwaro bo mu ihuriro rya CPC cyagabwe ku basirikare bari ku burinzi hafi y’agace ka Sam-Ouandja, intara ya Haute-Kotto tariki ya […]

Museveni abona Kabila afite uruhare rukomeye mu kuba ADF icyinyagambura

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yagaragaje ko kuba umutwe w’iterabwoba wa ADF ucyinyagambura byaratewe n’ubutegetsi bwa Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo bwawakiriye, bukawugusha neza. Museveni kuri uyu wa 13 Nyakanga 2023 yatangaje ko kubera igisirikare n’urwego rw’ubutasi bikomeye, abarwanyi ba ADF birukanwe ku butaka bwa Uganda ubwo batsindirwaga mu kibaya cya Semuliki […]

UK: Guverinoma yahawe uburenganzira bwo kujuririra icyemezo gihagarika gahunda yo kohereza abimukira

Urukiko rw’ubujurire rwo mu bwami bw’u Bwongereza rwahaye guverinoma uburenganzira bwo kujuririra icyemezo rwafashe gihagarika gahunda yo kohereza abimukira batemewe n’amategeko mu Rwanda. Uru rukiko mu mwanzuro ruherutse gufata, rwavuguruje uw’urukuru, rusobanura ko hari impungenge zifite impamvu, zigaragaza ko aba bimukira barebwa n’amasezerano guverinoma zombi zagiranye muri Mata 2022, bashobora kutazafatwa neza bari mu Rwanda. […]

Umushingamategeko arasaba USA gukora ibishoboka ikabohoza ibirombe bya RDC

John James uharagarariye Leta ya Michigan mu nteko ishinga amategeko arasaba ubutegetsi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) ko bwakora ibishoboka bukabohoza ibirombe by’amabuye y’agaciro byo muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Uyu munyapolitiki nk’uko yabimenyesheje itangazamakuru kuri uyu wa 12 Nyakanga 2023, yagejeje kuri bagenzi be umushinga yise ‘BRIDGE to DRC Act’, asobanura […]

Ubushinjacyaha bwatanze ibisobanuro ku ntwaro zafatiwe kwa Bunyoni

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Burundi, AgnĂšs Bangiricenge, yatanze ibisobanuro ku ntwaro zafatiwe mu rugo rwa GĂ©nĂ©ral de Police Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’iki gihugu. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, hamwe n’abandi bavugizi b’inzego za Leta kuri uyu wa 13 Nyakanga 2023, uyu Muvugizi yavuze ko Bunyoni akurikiranweho ibyaha bitanu birimo gukoresha […]

Inyeshyamba 5 zirwanya Leta y’u Rwanda ziciwe mu Burundi

Abarwanyi batanu b’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda baherutse kwicirwa mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, ahagana mu ntara ya Cibitoke iri ku mupaka. Urubuga SOS Burundi rusobanura ko bapfiriye mu mirwano FLN yari ihanganiyemo n’ingabo z’u Burundi zifite ibirindiro muri Kibira, yabereye ku musozi wa Gasenyi na Gafumbegeti muri komini Mabayi. […]

Burundi: Minisitiri yategetse ko abatwita badafite abagabo bajya bazirikwa

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu Burundi, Martin Niteretse, yategetse ko abakobwa cyangwa abandi bose batwita batarashaka, bajya bazirikwa kugeza bavuze amazina y’abagabo baba barabateye inda. Ibi Minisitiri Niteretse yabivugiye mu nama yakoreye muri komini Busiga, intara ya Ngozi tariki ya 3 Nyakanga 2023. Yagize ati: “Kugira se w’umwana ntamenyekane, mbabwira ukuntu biba byagenze? Ni ukuvuga uhera […]

Umunyamakuru wa BBC uvugwaho gukora amabara yashyizwe hanze n’umugore we

Umugore witwa Vicky Flind yatangaje ko umugabo we usanzwe ari icyamamare kuri BBC, Huw Edwards, ari we ukekwaho kwishyura umwana w’umukobwa amafaranga kugira ngo ajye amwereka amafoto n’amashusho y’urukozasoni. Iyi nkuru imaze igihe ivugwa mu binyamakuru mpuzamahanga bitandukanye, cyane cyane The Sun, gusa byirinze gushyira hanze amazina y’uyu munyamakuru w’imyaka 61 y’amavuko ku mpamvu z’umutekano […]

EU iri gutegura ibihano ku biganjemo abofisiye ba FARDC

Komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) irateganya gufatira ibihano abasirikare n’abarwanyi batandukanye muri Repubulika ya demukarasi ya Congo biganjemo abo mu ngabo z’iki gihugu. Ikinyamakuru Africa Intelligence gisobanura ko iyi gahunda iri gutegurwa nyuma y’ubusabe bw’ibihugu bitandukanye bigize EU birimo: u Buholandi, u Bubiligi n’u Budage, byashingiye kuri raporo y’Umuryango w’Abibumbye yasohotse mu kwezi gushize. Amazina […]

Umukuru wa UN yasabye ko abishe umusirikare w’u Rwanda bahigwa bukware

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye ko abagizi ba nabi baherutse kugaba igitero cyaguyemo umusirikare w’u Rwanda muri Repubulika ya Centrafrica bahigwa bukware. Nk’uko Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda ibisobanura, iki gitero cy’abitwaje intwaro cyagabwe ku basirikare bari ku burinzi hafi y’agace ka Sam-Ouandja, intara ya Haute-Kotto tariki ya 10 Nyakanga 2023. Guterres, nk’uko urubuga […]

UK: Theresa May abona kwirukana abimukira bizorohereza abacuruza abantu

Theresa May wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ntashyigikiye gahunda ya guverinoma yo kwirukana abimukira bageze muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko guhera muri Werurwe 2023, cyangwa kubohereza ku ngufu ahandi hantu. Ibi yabivuze ubwo mu ngoro y’inteko ishinga amategeko bajyaga impaka kuri iri tegeko riha guverinoma ububasha bwo kwirukana abimukira bose bageze mu Bwongereza […]

RDC ikomeje kumvisha u Bwongereza ko bukwiye kugira icyo bukorera u Rwanda

Guverinoma ya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) ikomeje gusobanurira iy’ubwami bw’u Bwongereza uburyo ikwiye gufatira ingamba u Rwanda. RDC isobanura ko ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwayo, aho ngo zagiye gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 irimo kurwanira mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ubutegetsi bw’igihugu bwashimiye ibihugu bikomeye bitandukanye kuba “byarasabye u Rwanda […]

Ikibazo cya M23 kigiye gusubiza Uhuru Kenyatta i Goma

Umuhuza w’Abanyekongo washyizweho n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, Uhuru Kenyatta, arasubira mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 12 Nyakanga 2023, ajyanwe n’ikibazo cy’umutwe witwaje intwaro wa M23. Biteganyijwe ko Uhuru ahahurira na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Jean Pierre Bemba, na Minisitiri ushinzwe ukwishyira hamwe kw’akarere, Mbusa Nyamwisi. Aba bayobozi bose bazaganira […]

Ababikira barimo Abanyarwandakazi biciwe muri Yemeni bashobora kugirwa abatagatifu

Amafoti y'ababikira bishwe n'amazina yabo

Ababikira babiri b’Abanyarwandakazi, Nzamukunda Reginette na Mukashema Marguerita biciwe n’ibyihebe mu kigo cyita ku bari mu zabukuru cya Aden muri Yemen mu mwaka w’2016 bashobora kugirwa abatagatifu mu gihe cya vuba. Nzamukunda, Mukashema na bagenzi babo babiri: Kanini Judith ukomoka muri Kenya na Anslem ukomoka mu Buhinde bishwe barashwe urufaya rw’amasasu tariki ya 4 Werurwe […]

Umunyafurikakazi ufite ibigwi mu kwiruka yatsinze urubanza rw’abamufataga nk’umugabo

Umukinnyi w’icyamamare mu mukino wo kwiruka ukomoka muri Afurika y’Epfo, Caster Semenya, yatsinze urubanza rwe n’urwego mpuzamahanga rwamubujije amahirwe yo kwitabira aya marushanwa kuko ngo afite imisemburo myinshi nk’iy’abagabo izwi nka ‘testosterone’. Semenya wegukanye irushanwa rya Olympic inshuro ebyiri n’iry’Isi inshuro eshatu mu kwiruka ku ntera ya metero 800, mu 2019 yasabwe kugabanyisha imisemburo afite […]

Hari Abarundi bashavujwe n’amafaranga Bruce Melodie azishyurwa

Umuhanzi w’Umunyarwanda, Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie azataramira Abarundi ku musozo w’irushanwa rya PRIMUSIC 2023 uzabera kuri sitade Ingoma mu ntara ya Gitega tariki ya 30 Nyakanga 2023. Amakuru ahwihwiswa mu Burundi aravuga ko urwengero rw’ibinyobwa rwo muri iki gihugu rusanzwe rutegura iri rushanwa rwemereye Melodie kumwishyura amadolari angana n’amafaranga y’u Burundi miliyoni 200. […]

Intara ya Darfur iratabarizwa

Umuryango Human Rights Watch (HRW) uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu uratabariza intara ya Darfur iri mu majyaruguru ya Sudani, by’umwihariko abo mu bwoko bwa Massalit. Ingabo zari mu butumwa bw’amahoro buhuriweho bw’Umuryango w’Abibumbye n’ubwa Afurika yunze ubumwe muri Darfur bwari buzwi nka UNAMID zavuye muri iyi ntara muri Kamena 2021. Ni mu gihe byemezwaga ko umutekano waho […]

Afurika y’iburasirazuba igiye kohereza ingabo kabuhariwe muri Sudani

Abakuru bo mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’iburasirazuba no mu ihembe ry’uyu mugabane, bigahurira mu muryango w’iterambere wa IGAD banzuye ko bigomba kohereza abasirikare kabuhariwe muri Sudani kugira ngo barinde abasivili mu gihe intambara ikomeje. Ni icyemezo cyafashwe n’abakuru b’ibi bihugu bahuriye mu nama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia kuri uyu wa 10 […]

Putin aherutse guhura n’abayobozi bakuru ba Wagner

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, aherutse guhura n’abayobozi bakuru b’umutwe w’abacancuro wa Wagner barimo Yevgeny Prigozhin wawushinze. Umuvugizi w’ibiro bya Perezida Putin, Dmitry Peskov, yatangaje ko uyu muhuro wabayeho tariki ya 29 Kamena 2023 ubwo hari hashize iminsi 4 Wagner igabye igitero ku Burusiya. Witabiriwe n’abandi barimo umuyobozi w’abasirikare barinda abayobozi bakuru mu Burusiya, Viktor […]

Tshisekedi yisubiye ku cyemezo cyo kwimukira i Goma

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yisubiye ku cyemezo cyo kwimurira ibiro bye mu mujyi wa Goma muri iki gihe, kubera impamvu yasobanuye ko ari iy’ikoranabuhanga. Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’Umuvugizi we, Tina Salama, yabajijwe aho ageze yitegura gushyira mu bikorwa isezerano yahaye abatuye mu burasirazuba bwa RDC mu gihe yiyamamazaga, ryo […]

Padiri wari umukiriya w’imena wa hoteli yapfiriye ku ndaya

Padiri Joseph Kariuki wari umukiriya w’imena wa hoteli Monalisa yo muri Kenya, yapfiriye ku ndaya ye ubwo bari mu cyumba yari yakodesheje. Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Gatanga, Laurence Njeru, nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor kibivuga, yatangaje uyu mupadiri wayoboraga Paruwasi ya Ruai yapfuye mu gitondo cyo ku wa 8 Nyakanga 2023 nyuma yo gutakaza […]

Kuri Tshisekedi, RDF ntitinyitse

Tshisekedi mu kiganiro n'Umuvugizi we, Tina Salama

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, FĂ©lix Tshisekedi, aremeza ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zidateye ubwoba ku buryo zabakanga. Mu kiganiro yagiranye n’Umuvugizi we, Tina Salama, cyatambutse kuri televiziyo na radiyo by’igihugu, Tshisekedi yasubiyemo ko ingabo z’u Rwanda zagabye igitero kuri RDC, ngo zibinyujije mu mutwe witwaje intwaro […]

Ubushuti bw’u Rwanda na CAR bushingiye kuki?

Umubano w’u Rwanda na Repubulika ya Centrafrica (CAR cyangwa RCA) uhagaze neza cyane, hashingiwe ku byo abayobozi bo mu bihugu byombi bavuga ndetse n’ibimenyetso byigaragaza. Byose byatangiye muri Mutarama 2014 ubwo u Rwanda rwoherezaga muri CAR abasirikare 850 mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) kugira ngo zitange umusanzu mu kurwanya ibikorwa byahungabanyaga […]

Umuhungu wa Victoire Ingabire arifuza gutura mu Rwanda

Victoire ubwo yakiriraga umuhungu we ku kibuga cy'indege cya Kigali

Umunyapolitiki Victoire Ingabire utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yatangaje ko umuhungu we batandukanye ubwo yari afite imyaka 8 y’amavuko, Rist Shimwa Muyizere, yifuza gutura muri iki gihugu. Victoire yabitangaje ubwo uyu muhungu yamusuraga bwa kabiri kuva mu mwaka ushize. Ati: “Yamaze kunyereka amafoto, ati ‘Dore Bugesera, parcel gutya, amazu agura gutya na gutya, anyereka ibyo […]

Umukuru wa UN yamaganye igitero cy’ingabo za Sudani ku basivili

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamaganye igitero cy’indege ingabo za Sudani zagabye ku basivili, kigahitana abagera kuri 22. Iki gitero cyagabwe mu mujyi wa Omdurman kuri uyu wa 8 Nyakanga 2023 mu gihe ingabo za Leta ya Sudani zari zihanganye n’umutwe wa RSF urwana na zo kuva muri Mata. Guterres, nk’uko Umuvugizi we wungirije […]

Lt Col. Mugisha yagaragaje impamvu hari urubyiruko rusa n’aho rudakunda igihugu

Lieutenant Colonel Mugisha Vincent ushinzwe guhuza ibikorwa by’igisirikare n’abaturage yagaragaje impamvu abona hari urubyiruko rusa n’aho rudakunda igihugu nk’Inkotanyi zakibohoye muri Nyakanga 1994, zikanahagarika jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu musirikare mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo y’igihugu, yabajijwe niba abona urubyiruko rw’ubu rurimo gusigasira umurage w’Inkotanyi wo gukunda igihugu, asubiza ati: “Ntabwo navuga ngo barimo neza. Si […]

Tshisekedi yahakanye gushaka gusimbuza ingabo za SADC iza EAC

Tshisekedi hamwe na Ramaphosa, mu kiganiro n'abanyamakuru

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yatangaje ko atigeze agambirira kwirukana ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu gihugu cye kandi ngo ntiyigeze aniyambaza umuryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo (SADC) ngo umufashe gukemura ikibazo cy’umutekano. Ibi Tshisekedi yabivuze kuri uyu wa 6 Nyakanga 2023 ubwo yari mu kiganiro […]

Centrafrica: Hari impungenge z’uko ingabo z’u Rwanda zazarasana na Wagner

Umuryango Cris Group urwanya intambara, ugaragaza ko utewe impungenge n’uko ingabo z’u Rwanda zikorera muri Repubulika ya Centrafrica kuva mu mpera z’umwaka w’2020 zazarasana n’abacancuro b’umutwe wa Wagner Group bakorera hafi yazo. Muri raporo yawo yasohotse kuri uyu wa 6 Nyakanga 2023, uyu muryango mpuzamahanga udaharanira inyungu wagize uti: “Kigali ifitanye umubano mwiza na Moscwo […]

Guterres yasabye ibihugu byo muri UN kohereza ingabo muri HaĂ ÂŻti

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yahamagariye ibihugu biwugize kohereza ingabo muri HaĂ ÂŻti kugira ngo zifashe inzego z’umutekano zaho guhangana n’amabandi asa n’ayafashe ubutegetsi. Guterres mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 6 Nyakanga 2023, yasobanuye ko mu ruzinduko yagiriraga muri HaĂ ÂŻti, yasanze amabandi yarafashe bugwate abatuye muri iki gihugu. Yagize ati: “Amabandi akomeye […]

Hubert VĂ©drine yatsinzwe n’Umufaransakazi wamushinje kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Umunyapolitiki Hubert VĂ©drine wari umuyobozi w’ibiro bya Perezida w’u Bufaransa (à‰lysĂ©e) mu gihe Abatutsi mu Rwanda bakorerwaga jenoside, yatsinzwe urubanza yarezemo Umufaransakazi w’umuganga, Dr Annie Faure wamushinje kugira uruhare muri ubu bwicanyi. Annie wakoraga ibikorwa by’ubutabazi mu Rwanda mu gihe cya jenoside, tariki ya 7 Mata 2019 yaganiriye n’ikinyamakuru France Inter, avuga ko abahoze muri […]

Ramaphosa ahamya ko Tshisekedi atakwanga kuganira na M23

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, abona mugenzi we uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi atakwanga kugirana imishyikirano n’umutwe witwaje intwaro wa M23 kubera ko ngo ari bwo buryo bwonyine bwatuma ibitandukanya impande zombi bikemuka. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye Kinshasa ku gicamunsi cy’uyu wa 6 Nyakanga 2023, umunyamakuru wa SABC Africa yabajije Perezida […]

Pasiteri Claude aravuga ko hari ApĂŽtre wagerageje kumwicira ubukwe

Claude avuga ko hari mugenzi we wagerageje kumwicira ubukwe

Pasiteri Niyonzima Claude aravuga ko ApĂŽtre mugenzi we aherutse kugerageza kwica ubukwe bwe n’umugore we, ariko birangira umugambi umupfubanye. Ubu bukwe bwabereye i Nyamata mu karere ka Bugesera tariki ya 24 Kamena 2023, bwitabirwa n’abatandukanye barimo abavugabutumwa bamwe na bamwe nka: Mukanziga Brigitte, Ntambara Saturday na Indatwa Jean de Dieu. Mu kiganiro yagiranye na Big […]

Leta ya Uganda irateganya gufunga imbuga zose z’amashusho y’urukozasoni

Minisiteri ishinzwe amakuru muri Uganda yiyemeje gufunga imbuga zose zitangaza amashusho y’urukozasoni, bitewe n’ingaruka ibona zigira ku batuye muri iki gihugu, by’umwihariko abana. Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri Dr Chris Baryomunsi tariki ya 5 Nyakanga 2023, nyuma y’ubusabe bwa Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko, Thomas Tayebwa, kuri guverinoma. Tayebwa, nk’uko The Daily Monitor yabitangaje, yagize […]

Karasira Aimable ntabwo yizeye abamwunganira

Karasira Uzaramba Aimable ukekwaho ibyaha birimo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi yagaragaje ko atizeye abanyamategeko bamwunganira. Uyu mufungwa umaze igihe asuzumwa uburwayi bwo mu mutwe n’abaganga biganjemo abo muri CARAES Ndera, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2023 yabwiye urukiko rukuru, urugereko rwa Nyanza ko azisobanurira iby’uburwayi bwe, nk’uko VOA yabitangaje. Yabajijwe niba ajya […]

Minisitiri w’ingabo wa RDC arumvisha Abanyafurika ko u Rwanda ruri kubasubiza inyuma

Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Jean Pierre Bemba, arumvisha Abanyafurika ko u Rwanda ruri gusubiza inyuma gahunda yabo y’iterambere. Iri jambo yarivugiye mu nama ya komisiyo nkuru ihuriweho ya Afurika y’Epfo na RDC igizwe n’impuguke mu bya gisirikare n’umutekano, iri kubera i Kinshasa. Uyu munyapolitiki yabwiye izi mpuguke ko Abanyafurika bari […]

RDF yakiriye abasirikare 30 bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda

Umugaba Mukuru wa RDF, Lt Gen. Mubarakh Muganga aganiriza aba basirikare

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyakiriye ku cyicaro cyacyo ku Kimihurura abasirikare bahagarariye ibihugu byabo, kibaganiriza ku ngingo zitandukanye zirebana n’umutekano. Ingingo baganiriyeho zarebagana n’umutekano w’imbere n’uwo hanze, ubufatanye bwa RDF n’ingabo za Mozambique n’iza Repubulika ya Centrafrica ndetse n’ibikorwa byayo mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye. Minisiteri y’ingabo isobanura ko iyi nama yateguwe n’ishami rya […]

Umupilote mukuru wa Museveni azajya ahembwa akabakaba Frw miliyoni 10

Guverinoma ya Uganda yazamuye imishahara y’akazi bamwe na bamwe mu nzego zitandukanye, by’umwihariko abashinzwe serivisi yo gutwara indege y’Umukuru w’Igihugu. Nk’uko bigaragara mu igazeti y’imishahara yasohotse tariki ya 30 Kamena 2023, aba bapilote baratangira kongezwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari mushya (2023/2024) watangiye muri uku kwezi kwa Nyakanga. Umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe gutwara Perezida wa […]

Hafunguwe umupaka mushya w’u Rwanda na Uganda

Umupaka mushya wa Rwempasha uherera muri Nyagatare

Ibiro by’abinjira n’abasohoka byatangaje ko kuri uyu wa 5 Nyakanga 2023, u Rwanda rwafunguye umupaka mushya uruhuza na Uganda. Byagize biti: “Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka mu gihugu buramenyesha abantu bose ko umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Nyagatare, ufunguwe k’ubantu bose kuva uyu munsi, taliki ya 5 Nyakanga 2023.” […]

Perezida Kagame arabaza abataka inzara aho bakura ay’agacupa ka buri munsi

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, arabaza aho abavuga ko babuze ibyo kurya bakura ubushobozi bwo kugura inzoga ubudasiba. Iki kibazo cyakomotse ku cyo yabajijwe kijyanye n’inama zo kwirinda umunaniro mwinshi (stress), aho yasubije ko amafunguro umuntu afata ndetse n’ibyo anywa byagikemura. Mu kiganiro yagiriye kuri radiyo na televiziyo by’igihugu kuri uyu wa 4 Nyakanga 2023, […]

Perezida Kagame abona impuguke za UN zaragombaga kuganiriza n’impunzi ziri mu Rwanda

Perezida Paul Kagame abona impuguke z’Umuryango w’Abibumbye (UN) zakoze raporo ishinja Leta y’u Rwanda guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo zaragombaga kuza kuganiriza impunzi z’Abanyekongo zaruhungiyemo, mu rwego rwo kwirinda kubogama. Umukuru w’Igihugu mu kiganiro yagiriye kuri radiyo na televiziyo by’igihugu kuri uyu wa 4 Nyakanga 2023, yatangaje ko izi […]

Hategekimana Philippe agiye kujurira

Umunyarwanda Hategekimana Philippe wamenyekanye nka ‘Philippe Manier’ na ‘Biguma’ arateganya kujuririra icyemezo cy’urukiko rwa rubanda rwa Paris, rwamukatiye igifungo cya burundu. Iki cyemezo cyafashwe tariki ya 28 Kamena 2023 nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu. Ni ibyaha bikomoka kuri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko ikinyamakuru Le Monde cyabitangaje kuri uyu wa 4 […]

UK: Abanyamategeko bakora muri gahunda yo gukumira abimukira batemewe bagiye kongezwa amafaranga

Guverinoma y’u Bwongereza yafashe icyemezo cyo kongeza amafaranga abanyamategeko bakora muri gahunda yo gukumira abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butemewe bakoresheje ubwato buto. Ni icyemezo cyafatiwe hamwe n’ibiro bishinzwe umutekano w’imbere (Home Office) na Minisiteri y’ubutabera nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Financial Times. Ibi biro biyoborwa na Minisitiri Suella Braverman byasabye ko abanyamategeko bongezwa umushahara […]

Uwakoraga ikiyede i Nyamirambo mu myaka 5 ishize aravuga ko ubu atunze Frw miliyari 7

Umusore w’imyaka 23 y’amavuko, ukomoka mu Burundi, Nishishikare Jean de Dieu aravuga ko mu myaka 5 ishize yakoraga akazi ko gufasha abafundi kazwi nk’ikiyede i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, ubu akaba afite umutungo abarira mu gaciro ka miliyoni 7 z’amadolari ya Amerika. Nishishikare uba muri Sweden, mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, yasobanuye ko […]

Geneva: Intumwa za Leta y’u Burundi zivumbuye, zisohoka mu nama

Intumwa za Leta y’u Burundi ziri i Geneva mu Busuwisi zanze guhurira mu nama n’uyirwanya, zihitamo gusohoka mu cyumba yari igiye kuberamo cya Palais Wilson. Muri iyi nama, izi ntumwa zagombaga gutanga no gusobanura raporo y’uko uburenganzira bw’ikiremwamuntu ihagaze mu Burundi. Ni gahunda yo kuri uyu wa 3 n’uwa 4 Nyakanga 2023. Mu gihe ziteguraga […]