Vital Kamerhe ufungishijwe ijisho yagiye kwivuriza mu mahanga

Umunyapolitiki Vital Kamerhe ufungishijwe ijisho n’ubutabera bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) biravugwa ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 3 Mutarama 2022 yuriye indege, ajya kwivuriza mu mahanga. Kamerhe ni umunyapolitiki ukomeye muri RDC, wamenyekaniye cyane ku butegetsi bwa Joseph Kabila no mu gihe yari Umuyobozi w’ibiro bya Perezida uriho ubu, FĂ©lix Tshisekedi […]

RDF ishobora kuzasimbura ingabo za EU mu gutoza iza CAR

Mu Kuboza 2021, Komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi yafashe icyemezo cyo guhagarika imyitozo ingabo zayo ziri mu butumwa bwahawe izina rya EUTM RCA zari zisanzwe ziha iza Repubulika ya Centrafrica (CAR), ariko zikazakomeza kuzigira inama. Nk’uko yabitangaje, impamvu yatumye ihagarika iyi myitozo ni uko ngo yirinze kuzabarwa mu byaha byo guhohotera ikiremwamuntu bivugwa ku bacancuro b’umutwe […]

Uganda ‘irimo kuvugana n’u Rwanda’ ku mukomando wayo ivuga ko yashimuswe

nyak.png

Komiseri w’Akarere ka Kabale, Godfrey Nyakahuma avuga ko Guverinoma ya Uganda irimo kuvugana n’iy’u Rwanda kugira ngo umusirikare wo mu mutwe udasanzwe wa SFC ivuga ko yashimuswe n’abashinzwe umutekano b’u Rwanda yakoherezwa. Uganda ivuga ko uyu musirikare wayo, Pte Ronald Arinda yafatiwe muri Kabale muri metero nkeya hafi y’umupaka tariki ya 27 Ugushyingo 2021 “yabanje […]

Umuhanzi Dr Chameleone yibutse ibihe yagize ubwo yabaga mu Rwanda

Umuhanzi Dr Jose Chameleone wamamaye mu muziki wo muri Uganda no muri Afurika muri rusange, yibutse ibihe yagize ubwo yabaga mu Rwanda mu myaka irenga 20 ishize. Yifashishije urubuga rwa Instagram, Dr Chameleone ku wa 1 Mutarama 2022 yerekanye ifoto imaze imyaka 27 yafotorewe ku Kacyicu, “Kuri Minisiteri”. Ubutumwa bwaherekeje iyi foto busobanura ubuzima yanyuzemo […]

Perezida Nyusi n’umugore we bishyize mu kato

Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi n’umufasha we Dr Isaura Nyusi bafashe icyemezo cyo kwishyira mu kato nyuma y’aho ibipimo byihuse (rapid test) byaragararije ko banduye icyorezo cya Covid-19. Ibiro bya Perezida wa Mozambique mu itangazo byashyize hanze kuri uyu wa 3 Mutarama 2022 byavuze ko Nyusi n’umugore we bafashe iki cyemezo mu rwego […]

Koreya zombi: Umuturage watorokaga yabashije kwambuka urubibi rurimo ibyago byinshi by’urupfu

Minisiteri y’Ingabo ya Koreya y’Epfo ivuga ko ku wa 1 Mutarama 2022, umuturage utaramenyekana yabashije kwambuka ubutaka budakandagiramo abasirikare buzwi nka DMZ butandukanya iki gihugu na Koreya ya Ruguru, burimo ibyago byinshi by’urupfu bitewe n’uko buba butabyemo ibisasu byinshi kandi burimo na senyenge zirimo umuriro w’amashanyarazi. Iyi Minisiteri ivuga ko uyu mugabo uri mu kigero […]

Ikigiye gukurikiraho nyuma y’aho Niger ibujijwe kwirukana Abanyarwanda 8

Tariki ya 27 Ukuboza 2021 ni bwo Guverinoma ya Niger yatangaje ko yirukanye Abanyarwanda 8 boherejwe n’urwego rw’Umuryango w’Abibumbye, IRMCT, rubakuye mu rukiko rwa Arusha aho bari bacumbikiwe nyuma yo kurangiza igifungo, abandi bakagirwa abere, bakabura ikindi gihugu kibakira, n’u Rwanda rwabahaye ikaze bavuga ko badashaka kurugarukamo. Icyemezo cyo kohereza aba Banyarwanda cyahishuwe na Perezida […]

RED Tabara iravuga ko yiciye ingabo z’u Burundi n’Imbonerakure 10 muri RDC

Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara uravuga ko warwaniye n’ingabo z’u Burundi n’Imbonerakure mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yicamo 10, ikomeretsa n’izindi zibarirwa muri 20. Uyu mutwe urwanya Leta y’u Burundi mu butumwa wanyujije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 2 Mutarama 2022, wavuze ko izi mfu […]

Abanyarwanda 8 birukanywe, imyigaragambyo ya Nahimana n’igaruka ry’abari barahunze urukingo; inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 27 Ukuboza 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zitandukanye, ziganjemo iza politiki, ubutabera, umutekano ndetse n’ubuzima. Muri zo harimo: Abanyarwanda 8 birukanwe muri Niger Guverinoma ya Niger yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe n’urwego mpanabyaha rw’Umuryango w’Abibumbye, IRMCT, rubakuye mu rukiko rwa Arusha bari bacumbikiwemo nyuma yo kurangiza igifungo bari barakatiwe […]

Perezida Ndayishimiye yasabye Imana kwirukana ‘amashitani’ yigabije uburasirazuba bwa RDC

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ubwo yasozaga amasengesho yo gushimira Imana ku wa 31 Ukuboza 2021, yasenze ngo amashitani avuga ko yigabije uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ahunge. Muri uwo mwanya, Perezida Ndayishimiye wateguye aya masengesho yasengeye u Burundi, ibihugu by’ibituranyi n’ibigize akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, Afurika n’Isi yose. Ageze […]

Museveni yahishuye ko hari abasirikare ba Uganda baherutse gupfira muri RDC

Perezida wa Repubulika wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, Yoweri Museveni, yahishuye ko hari abasirikare babiri mu bagiye kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF baherutse gupfira muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC. Museveni yabivugiye mu ijambo ritangira umwaka mushya w’2022 yagejeje ku batuye muri Uganda kuri uyu wa 1 Mutarama. Yavuze ko abarwanyi […]

Perezida Ndayishimiye yasabiye umugisha u Rwanda n’abayobozi barwo

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ku wa 31 Ukuboza 2021 yasabiye umugisha u Rwanda n’abayobozi barwo. Ni mu gihe yasengaga, asoza amasengesho y’amashimwe mu Burundi, yateguwe n’umuryango we. Uyu Mukuru w’Igihugu yasengeye u Burundi kugira ngo bugaragare neza imbere y’amahanga, anasengera ibihugu by’abaturage birimo u Rwanda. Yagize ati: “Dusabiye umugisha igihugu cy’u Rwanda […]

Imyaka 8 irashize Col. Mamadou Ndala wazengereje M23 yishwe

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo by’umwihariko mu gisirikare cyaho, FARDC, baribuka imyaka umunani (8) ishize umusirikare wabo Colonel Mamadou Mustapha Ndala wagaragaje ishyaka ridasanzwe mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu yishwe. Col. Ndala wigeze kuyobora Batayo ya 42 y’abakomando bari bashinzwe ubutabazi bwihuse, yaguye mu mutego w’abantu bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe […]

2021: Ubutunzi bw’abaherwe 10 ba mbere bwiyongereyeho amadolari arenga miliyari 400

Umwaka w’2021 urangiye ubutunzi bw’abaherwe 10 ba mbere ku Isi bwiyongereyeho amadolari ya Amerika miliyari 402, kandi bose bakaba bafite ari hejuru ya miliyari 100; bitandukanye n’uko byari bisanzwe. Imibare iri muri raporo ya Bloomberg Billionaires Index yo ku wa 29 Ukuboza 2021 yerekana ko ubutunzi bw’aba baherwe, by’umwihariko abafite ibigo by’ikoranabuhanga nka Elon Musk, […]

Dr Habumuremyi arashimira Kagame wamuhaye imbabazi, akabasha gusozanya umwaka n’umuryango

Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe, arashimira Perezida Paul Kagame wamuhaye imbabazi, akabasha gusoza umwaka no gutangira umushya atari muri gereza, ahubwo ari kumwe n’umuryango we. Dr Habumuremyi wanabaye Umuyobozi Mukuru w’urwego rushinzwe intwari, yari amaze umwaka urenga afungiwe muri gereza ya Nyarugenge kubera icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye yahamijwe, akanakatirwa igifungo cy’imyaka itatu. […]

Kenya: Minisitiri w’Uburezi yibasiwe azira kuvuga ko mu mashuri yisumbuye harimo abatinganyi

Minisitiri w’Uburezi wa Kenya, Prof. George Magoha ari ku gitutu nyuma yo kuvuga ko mu mashuri yisumbuye acumbikira abanyeshuri (boarding) harimo abatinganyi bagomba kwirukanwa, bakajya biga mu yandi biga bataha. Prof. Magoha yabimenyesheje abayobozi b’ibigo by’amashuri ati: “Ubu hari abana baryamana bahuje ibitsina, bagomba kujya ku mashuri yegereye iwabo. Inshingano zanyu zigomba gushingira ku bantu […]

Umuririmbyi watsindiye Frw miliyoni 50 muri Next Pop Star ntayahabwe yitabaje Perezida Kagame

Umuririmbyi Kibatega Jasmine wegukanye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 40 mu irushanwa ry’abanyempano rya Next Pop Star muri Werurwe 2021, yitabaje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kugira ngo amufashe kurenganurwa, kuko ngo ntarayahabwa. Mu ijoro rya tariki ya 17 Werurwe ni bwo ikigo More Events gitegura iri rushanwa cyatangaje ko Kibatega ari we uryegukanye, cyemeza ko […]

Rutshuru: Haravugwa ifatwa ry’uwahoze ari umufatanyabikorwa ukomeye wa FDLR

Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) aravuga ko abasirikare babarizwa muri Regima ya 3412 iri mu gace ka Nyamilima muri Gurupoma ya Binza, Teritwari ya Rutshuru, bataye muri yombi Major Katuleve wigeze kuba umufatanyabikorwa ukomeye w’umutwe witwaje intwaro wa FDLR, urwanya Leta y’u Rwanda. Impamvu y’itabwa muri yombi rya Katuleve bivugwa ko […]

Bukavu: Umugeni yapfiriye mu nzira ajya gushyingirwa

Umukobwa wo mu Mujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yapfiriye mu nzira ubwo yari agiye gushyingiranwa n’umukunzi we. Ibitangazamakuru bikorera muri iyi Ntara bivuga ko uyu mukobwa yabanje gusezeranira imbere y’amategeko kuri uyu wa 30 Ukuboza 2021, yitegura gushyingirwa kuri uwo munsi. Nyuma y’igihe gito, uyu […]

Ngororero: Abanyeshuri 6 bakatiwe imyaka itanu n’ihazabu ya Frw miliyoni 5 bazira ibikoresho bya Frw 44,000

Abanyeshuri batandatu (6) barangije amashuri yisumbuye muri TVET ESECOM Rucano iherereye mu Karere ka Ngororero mu Ntara y’Uburengerazuba, kuri uyu wa 30 Ukuboza 2021 bakatiwe igifungo cy’imyaka itanu, banacibwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri umwe bazira kwangiza ibikoresho by’ishuri bishimira ko basoje ibizamini bya Leta. Aba banyeshuri bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya […]

U Burundi bwohereje Abanyarwanda 8 bari barahunze urukingo rwa Covid-19

bdi1-2.jpg

Leta y’u Burundi yoherereje u Rwanda Abanyarwanda 9 barimo 8 bari barahunze ikingirwa ry’icyorezo cya Covid-19 bavuga ko rikorwa ku ngufu, hamwe n’uwari warahungukanye n’impunzi z’Abarundi abeshya ko ari Umurundi. Aba bahunze urukingo barimo abakuze batanu n’abana 3 bari bamaze icyumweru kirenga bahungiye muri Komini Bugabira iri mu Ntara ya Kirundo, bikavugwa ko ari ho […]

Abishyura bakoresheje amakarita ya banki barimo kwibwa

Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, ruvuga ko rumaze kwakira ibirego byinshi by’abantu bakoresha amakarita ya banki mu kwishyura serivisi bavuga ko babona amafaranga yabo ava kuri konti nta ruhare babigizemo. RIB mu iperereza ry’ibanze yakoze ngo yasanze hari bamwe mu bashinzwe kwishyuza abakiriya, cyane cyane mu mahoteli na resitora, bakoresha utumashini rwa POS, biba imibare […]

Umugenzuzi wa RIB avuga ko n’igihano cy’urupfu kitaca ruswa

Umugenzuzi Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Murigo Morris avuga ko nta tegeko rishobora guca icyaha cya ruswa, n’ubwo ryaba ari irishyiraho igihano cy’urupfu. Murigo yabitangarije mu kiganiro giherutse guhuriza hamwe inzego n’imiryango irimo Transparency International-Rwanda urwanya ruswa n’akarengane. Uyu muryango wagaragaje uko icyaha cya ruswa gihagaze wifashishije raporo ngarukamwaka ya Rwanda Bribery Index uherutse […]

Uwigeze kuvuga ko Gen Kainerugaba afite umubyibuho ukabije yafunzwe

kakw.jpg

Umwanditsi w’ibitabo Kakwenza Rukirabashaija wigeze kuvuga ko umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba afite umubyibuho ukabije, yafunzwe. Ifungwa ry’uyu munyamakuru ryemejwe n’umunyamategeko umwunganira witwa Eron Kiiza, ngo rikaba ryakozwe n’abapolisi bashinzwe ubutasi. Polisi ntacyo iravuga ku ifungwa rya Rukirabashaija n’impamvu yaryo gusa ikekwa ni […]

Perezida Nyusi yasuye RDF na SAMIM muri Cabo Delgado

nyus.jpg

Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Nyusi wari uherekejwe na Minisitiri w’Ingabo z’iki gihugu, Cristovao Chume, basuye ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iz’akarere ka Afurika y’Epfo (SAMIM) ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado. Mu Karere ka Mueda, Perezida Nyusi yahahuriye na Komanda w’ingabo za Mozambique ziri muri Cabo Delgado, n’abahagarariye RDF na SAMIM, […]

Imodoka ya Perezida Tshisekedi yaheze mu isayo, abakomando bamurinda barayisunika

fh1nisdwuauy0h3.jpg

Imodoka ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yaheze mu isayo biba ngombwa ko abarimo abakomando bamurinda bayisunika, bayikuramo. Byabaye ubwo uyu Mukuru w’Igihugu yagiriraga uruzinduko mu gice cya Grand Kasai, tariki ya 26 Ukuboza 2021 avuye mu mujyi wa Mbuji Mayi ufatwa nk’umurwa mukuru waho. Mu rwego rwo kugira ngo […]

Umusifuzi yahetse Police FC_KNC nyuma y’aho Gasogi United itsinzwe

Umuyobozi Mukuru wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yashinje umusifuzi wo hagati Balthazar guheka Police FC kugeza ubwo ibona amanota atatu, gusa avuga ko atajya kumurega ariko ngo akwiye kwigaya. Gasogi United yari yabanje Police FC ibitego bibiri byatsinzwe na Nsengiyumva Moustapha ku munta wa 40 n’uwa 47, byishyurwa na Hakizimana Muhadjiri ku munota […]

Guhagarikwa umwaka wose no gusubizwa mu cyiciro cyo hasi; ibihano ku ikipe izarenga ku mabwiriza ya Covid-19

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ko ikipe bizagaragara ko yakoze uburiganya bugamije kwica amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19, izahanishwa guhagarikwa umwaka wose kandi yagaruka igasubizwa mu cyiciro cyo hasi. Iri shyirahamwe ryabitangaje mu butumwa buhakana amakuru avugwa ko hari amakipe yaba akinisha abakinnyi kandi ibisubizo by’ibipimo bafashwe bigaragaza ko banduye […]

Umugabo uvuga ko yarenganyijwe n’uwabaye Minisitiri w’Ubutabera yaririye imbere ya Perezida Ndayishimiye

moses.jpg

Niyoyandemye MoĂŻse uvuga ko ari impunzi yaririye imbere ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ubwo yamugezagaho ikibazo cy’akarengane avuga ko yagiriwe n’uwabaye Minisitiri w’Ubutabera, Jeanine Nibizi. Uyu Murundi avuga ko mu gihe yari mu gihugu cye yakuwe mu bye, ati: “Nkurwa mu bana, nsinyishwa amasezerano y’uko ntazasubira ku rugo rwanjye. Nyakubahwa Perezida mwavuze ubutabera, njyewe […]

Kenya: Imirwano ikaze yadutse mu ngoro y’Inteko, habaho gukomeretsanya

yakmere.jpg

Mu mwanya ushize, mu ngoro y’Inteko ishinga amategeko ya Kenya hadutse imirwano yatewe n’ubwumvikane buke bwa bamwe mu badepite ku mushinga wo kuvugurura itegeko rigenga imitwe ya politiki. Ni bwo umudepite witwa John Mbadi yubiriye mugenzi we, Bernard Kipsengeret, amukomeretsa bikomeye ku ijisho, imvururu mu cyumba barimo ziratangira, abafite abacupa batangira kuyaterana. Kipsengeret yumvikana mu […]

U Burundi burakize cyane, mbabazwa cyane n’abavuga ko bukennye_Ndayishimiye

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatangaje ko ababazwa cyane na raporo zivuga ko igihugu cye gikennye cyane kandi we abona gikize cyane kubera ko gifite umutungo mwinshi. Amaze kubitangariza mu ijambo amaze kugeza ku Barundi muri rusange barimo abari muri stade Intwari mu ntara ya Bujumbura kuri uyu wa 29 Ukuboza 2021. Yagize […]

Abakomando ba FARDC bavuga birukanye abarwanyi ba Col. Makanika mu gace bari bafashe

Umuyobozi wa Batayo 121 y’abakomando mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, Colonel AndrĂ© Ekembe yavuze ko birukanye abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe ya Gumino na Twirwaneho iyobowe na Col. Michel Rukunda (Makanika) mu gace ka Kamombo kari muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Yabwiye ActualitĂ© ati: “Turi muri Kamombo, umwanzi yahunze. […]

Kenya: Minisitiri w’Uburezi yasabye ko abanyeshuri badashaka kwiga bemererwa gusubira iwabo

Minisitiri w’Uburezi wa Kenya, Prof. George Magoha, yasabye abayobozi b’ibigo by’amashuri kujya bareka abanyeshuri badashaka kwiga bagasubira iwabo kubana n’ababyeyi. Uyu muyobozi yabitangaje ubwo yakurikiranaga ibikorwa by’ubwubatsi bw’ishuri ryisumbuye ry’abakobwa ryitiriwe Mama Ngina, kuri uyu wa 28 Ukuboza 2021. Prof. Magoha yakomoje ku myitwarire mibi igaragara kuri bamwe mu banyeshuri bikagera aho bigaragambya, bakangiza ibikoresho […]

Rwanda: Polisi irubakira abatishoboye, abaturage bigeze kuyubakira sitasiyo

rulindo.jpg

Kuri uyu wa 28 Ukuboza 2021, ubwo Polisi y’u Rwanda yizihizaga imyaka 21 imaze ishinzwe, inishimira ibyo imaze kugeraho cyane cyane mu kazi kayo k’ingenzi ko kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo, yamuritse ibikorwa yakoze mu kwezi yahariwe. Polisi y’u Rwanda ivuga ko muri uku kwezi kwari gufite insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 21 y’ubufatanye mu bikorwa byo […]

Minisitiri Gatabazi yavuze ko nta Munyarwanda ugomba kurenza 2021 atarikingiza Covid-19

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko nta Munyarwanda wemerewe kurenza uyu mwaka w’2021 atarikingiza icyorezo cya Covid-19 kandi ari mu byiciro byateganyirijwe iki gikorwa kuko ngo inkingo zitabuze. Uyu muyobozi yabimenyesheje itangamakuru kuri uyu wa 28 Ukuboza 2021 ubwo yasuraga icyumba ntangamakuru (Command Post) kuri Covid-19 kiri mu karere ka Rubavu, anakurikirana […]

FARDC ivuga ko Colonel wayo yiciwe mu mirwano n’abarwanyi ba Makanika

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko umusirikare wacyo w’ipeti rya Colonel witwa YaundĂ© Kyembe yiciwe mu mirwano n’abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ya Gumino na Twirwaneho iyobowe na Colonel Michel Rukunda uzwi nka Makanika. Iki gisirikare kivuga ko kandi muri iyi mirwano yabereye mu duce twa Kamombo, Nyamara, Chakira na Mikarati […]

RDC: Abayobozi 4 ba ADF bari inyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi kuri Noheli bagiye guhigwa bukware

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bugiye gushakisha abayobozi bane (4) b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bakekwaho kuba inyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe muri Teritwari ya Beni tariki ya 25 Ukuboza 2021. Aba ni umuyobozi mukuru wa ADF, Seka Baluku, uwitwa Kahindi na Difenda bakomoka muri Ugandda na Zakaria Amuli Banza uzwi […]

Burundi: Col. Musaba ntakiri umuyobozi w’urwego rw’ubutasi

nsaguye.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, Evariste Ndayishimiye yahinduye umuyobozi mukuru w’urwego rw’igisirikare rushinzwe iperereza. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umukuru w’Igihugu, Minisitiri w’Intebe Alain-Guillaume Bunyoni na Minisitiri w’Ingabo, Alain Tribert Mutabazi tariki ya 22 Ukuboza 2021, iyi nshingano yari isanganwe Col. Ernest Musaba yahawe Brig. Gen. Silas Pacifique […]

Museveni arahindura Umuvugizi w’ingabo na Komanda wa SFC

Perezida wa Uganda akaba n’umugaba w’ikirenge w’ingabo, arahindura Umuvugizi w’ingabo za Uganda na Minisiteri izishinzwe, Brig. Gen. Flavia Byekwaso na Komanda w’agateganyo w’umutwe w’ingabo zidasanzwe (SFC), Brig. Gen. Peter Chandia. Daily Monitor dukesha aya makuru ivuga ko ku wa Kabiri w’icyumweru gishize ari bwo aba basirikare bamenyeshejwe ko barajya kwiga amasomo y’igisirikare mu ishuri rishya […]

Ninjiye mu kibikira nari mfite abansaba kuba Fiancée, nigeze gushaka kukivamo_Sr Immaculée

Sr Uwamariya ImmaculĂ©e uyobora CollĂšge Saint Bernard Kansi mu karere ka Gisagara mu majyepfo y’u Rwanda avuga ko ubwo yafataga icyemezo cyo kwiyegurira Imana mu 1992 afite imyaka 22 y’amavuko, yari afite abamusabaga ko yababera umukunzi (FiancĂ©e) ndetse ngo hari n’ubwo yigeze gushaka kukivamo. Mu kiganiro yagiriye kuri Radio Rwanda, Sr ImmaculĂ©e yasobanuye ko yafashe […]

Somalia: Perezida yahagaritse Minisitiri w’Intebe nyuma yo guterana amagambo na we

Perezida wa Repubulika ya Somalia, Mohamed Abdullahi Mohamed (Farmaajo) yahagaritse by’agateganyo Minisitiri w’Intebe, Mohamed Hussein Roble nyuma y’aho bombi bateranye amagambo bitewe n’amatora y’abadepite arimo kuba kuva mu kwezi gushize. Gusa impamvu ibiro bya Perezida byatangaje yatumye Roble ahagarikwa ni uko akurikiranweho kugira uruhare mu cyaha cya ruswa mu by’ubutaka. Byagize biti: “Perezida yafashe icyemezo […]

Abakomando b’u Burundi barenga 250 baba bamaze iminsi muri RDC

Biravugwa ko umutwe w’abasirikare badasanzwe b’u Burundi barenga 250 uri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) guhera ku wa Kane w’icyumweru gishize, tariki ya 23 Ukuboza 2021. Radio RPA dukesha aya makuru ivuga ko aba bakomando baturuka muri Batayo ya 212 bayobowe na Lt Col. Nyandwi LĂ©onidas bagiye guhiga […]

Uwabaye PS wa MIDIMAR muri kasho, imyigaragambyo i Goma, Abanyarwanda bahunze urukingo; inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 20 Ukuboza 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru ziganjemo iz’umutekano, ubutabera, politiki n’ubuzima. Harimo: Ruvebana wabaye PS wa MIDIMAR muri kasho Ruvebana Antoine wabaye Umunyamabanga Uhoraho (PS) muri Minisiteri ishinzwe kurwanya no gukumira ibiza n’impunzi yahoze yitwa MIDIMAR, byamenyekanye ko afunzwe akekwaho gusambanya abakobwa benshi barimo abatarageza ku myaka y’ubukure, icyaha bivugwa […]

ApĂŽtre Mutabazi avuga ko abakirisitu benshi b’i Kigali barutwa na za ‘Slay’

Ubwo yavugaga ku mpamvu umukirisitu agomba gutanga ituro ritubutse, ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice yavuze ko Abanyakigali batabikozwa, bityo ngo barutwa n’abazwi ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Slay queens’. Mu kiganiro aherutse kugirira kuri Amavuta TV, ApĂŽtre Mutabazi yagize ati: “Abo ni Abafarisayo, ntabwo bagomba kudusitaza, ntabwo bagomba kudutinza, bene abo ngabo uvuga ituro bakagwa. Abanyakigali bihaye […]

General Niyongabo yahaye Noheli imiryango 200 itishoboye yo ku ivuko

ibiribwa.jpg

Umuryango w’umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi, General Prime Niyongabo, wahaye Noheli imiryango 200 itishoboye yo ku ivuko muri Zone Bugarama mu Ntara ya Muramvya kuri uyu wa 25 Ukuboza 2021. Buri muryango utishoboye wahawe ibiribwa birimo: ibiro 10 by’umuceri, ibiro 10 byy’ibishyimbo n’ibiro bibiri by’umunyu.

Zimbabwe: Umushoferi yarokoye abantu 8 bahiraga muri bisi, Perezida amwemerera ishimwe

Umushoferi w’ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli witwa Sirizani Batau yanyuze imitima ya benshi batuye muri Zimbabwe, abasomyi b’ibinyamakuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo gutabara abantu 8 bahiraga muri bisi (bus), bakavamo bose ari bazima. Uyu mushoferi yagize ubu butwari ku wa 24 Ukuboza 2021 nyuma y’aho ikamyo yari atwaye yagonganye n’iyi bisi yari itwaye abagenzi […]

Bill Gates avuga ko Omicron itazamara amezi atatu

Umuherwe William Henry Gates III (Bill Gates) wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko icyorezo cya Covid-19 cyihinduranyije cyahawe izina rya Omicron kitazarenza amezi atatu kikiriho. Yabitangarije mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Twitter tariki ya 21 Ukuboza 2021, agira ati: “Mu gihe bisa n’aho ubuzima bugiye gusubira mu buryo bwiza, twinjira mu […]

Afurika y’Epfo: Musenyeri Desmond Tutu warwanyije Apartheid yatabarutse

tutu_mandela.jpg

Musenyeri Desmond Mpilo Tutu wafatanyije n’abarimo Nelson Mandela kurwanya politiki y’ivangura ryakorerwaga abirabura muri Afurika y’Epfo yahawe izina rya Apartheid, yatabarutse mu gitondo cy’uyu wa 26 Ukuboza 2021. Inkuru y’urupfu rwa Musenyeri Tutu yatangajwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, mu butumwa bw’akababaro bwibutsa abo muri iki gihugu ibikorwa byaranze nyakwigendera, birimo kuba ari umwe mu […]

Abofisiye bane barimo uw’ipeti rya Colonel bakatiwe icya burundu bazira kwica urubozo Mpunga kugeza apfuye

polisi.png

Urukiko rukuru rwa gisirikare rwa Kinshasa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rwakatiye igifungo cya burundu abofisiye bane bazira kwica urubozo umuturage w’imyaka 32 y’amavuko witwa Olivier Mpunga kugeza ashizemo umwuka. Aba bofisiye ni Colonel Samuel Mopepe wari usanzwe ashinzwe urwego rw’iperereza muri Polisi ya RDC, Captain Nzita wahase ibibazo Mpunga ubwo yari muri […]

Pasiteri navuga ngo dukeneye miliyoni 30, irukanka, gurisha Parcelle ufite i Nyamata_ApĂŽtre Mutabazi

ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice ugira ubutumwa butavugwaho rumwe, yavuze ko Pasiteri aba ari nk’Imana mu rusengero ku buryo niba avuze ko hakenewe miliyoni 30 z’amafaranga, umukirisitu aba agomba kwirukanka, akagurisha ubutaka bwe, akabugurisha. Uyu muvugabutumwa uvanga uyu murimo n’ubusesenguzi mu bya politiki, yabitangarije mu kiganiro aherutse kugirira kuri Amavuta TV cyatambutse tariki ya 3 Ukuboza […]

Umutwe wa M23 uravuga ko ufite ibirindiro hafi y’ikirunga cya Bisoke

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), uravuga ko ufite ibirindiro hafi y’ikirunga cya Bisoke iki gihugu gihuriyeho n’u Rwanda mu majyaguru y’uburengerazuba bwarwo. Umuvugizi w’ishami ry’igisirikare ryitwa ARC (ArmĂ©e RĂ©volutionnaire du Congo), Major Willy Ngoma ni we wabitangaje, ubwo yihakanaga igitero ingabo za RDC zivuga ko bazigabyeho […]

Wandemeye-Bamporiki ashimira umuhanzi Niyo Bosco

Ku isabukuru ye y’amavuko, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Bamporiki Edouard yashimiye umuhanzi Niyo Bosco ku bw’ibyishimo avuga ko yamuhaye, abihwanisha no kumuremera. Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Bamporiki yavuze ko yagize umunsi udasanzwe wagizwemo uruhare n’uyu muhanzi ufite impano yo kuririmba no gucuranga ‘guitar’. Bamporiki yagize ati: “Isabukuru ziba nyinshi, zigahimwa n’imwe! […]

Goma: Perezida wa Uruguay yaje gusangira Noheli n’ingabo z’igihugu cye

alb.jpg

Perezida wa Repubulika ya Uruguay, Luis Alberto Lacalle Pou amaze kugera mu mujyi wa Goma ubarizwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Amafoto agaragaza Perezida Alberto ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma amaze gusohoka mu ndege y’Umuryango w’Abibumbye, asuhuza abasirikare n’abapolisi ba RDC. Perezida Alberto kandi yakiriwe mu biro […]

UPDF iravuga ko Polisi ya Kenya yafashe bunyago umusirikare wayo n’abakozi batatu bari mu kazi

Igisirikare cya Uganda, UPDF, kiravuga ko umusirikare wacyo Pte Twimanasiko Balam n’abandi basivili batatu basanzwe bakorera mu kiyaga cya Victoria bafashwe bunyago n’abapolisi bo muri Kenya. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa UPDF, Brig. Gen. Flavia Byekwaso kuri uyu wa 24 Ukuboza 2021, yasobanuye ko mu rukerera rwo kuri uyu wa 23 Ukuboza, umutwe w’abasirikare […]

U Bufaransa n’ibindi bihugu 14 byamaganye abacancuro b’Abarusiya muri Mali

U Bufaransa n’ibindi bihugu 14 byo ku mugabane w’u Burayi na Amerika byamaganye abasirikare b’abacancuro b’umutwe wa Wagner Group ukomoka mu Burusiya bivugwa ko bagiye koherezwa muri Mali. Ibi bihugu byifatanyije n’u Bufaransa ni ibisanzwe ari inshuti zabwo, ari byo: u Bubiligi, u Bwongereza, u Budage, Repubulika ya Czech, Estonia, Denmark, u Butaliyani, Lithuania, u […]

Kabila ashobora kurega ibinyamakuru byamuvuzeho kunyereza miliyoni z’Amadolari

Abanyamategeko bunganira Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bavuga ko ashobora kurega ibinyamakuru mpuzamahanga byatangaje ko yanyereje umutungo wa Leta ubarirwa muri miliyoni z’Amadolari ya Amerika. Babivugiye mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu 23 Ukuboza 2021, basubiza kuri ibi birego byasohotse mu nkuru icukumbuye yahawe izina rya Congo Hold-up yasohotse […]

Hakuzimana Rashid aravuga ko afunzwe mu buryo amategeko atemera

Hakuzimana Abdou Rashid uvuga ko ari umunyapolitiki wigenga yabwiye abacamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ko afunzwe mu buryo butemewe n’amategeko, bityo yakabaye arekurwa akaburanishwa ari hanze ya gereza. Yabivuze kuri uyu wa 23 Ukuboza 2021 ubwo yajuririraga igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30 yakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge tariki ya 22 Ugushyingo 2021. Uyu munyapolitiki wamenyekaniye […]

FARDC ivuga ko M23 yaraye iyigabyeho ikindi gitero

Umuvugizi w’agace k’ibikorwa bya gisirikare ka Sokola 2 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Lt Col. Guillaume Njike Kaiko yatangaje ko abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 baraye bagabye igitero ku bindi birindiro byabo bya Bukima biherereye muri Teritwari ya Rutshuru. Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, i Goma kuri […]

Amafoto: Abasirikare ba RDF barenga 300 basoje amasomo yihariye

rdf2-3.jpg

Abasirikare 302 barimo abofisiye bato 18 bo ku rwego rwa Lieutenant basoje amasomo yihariye bamaze amezi 11 bigira mu kigo cya gisirikare cya Nasho, kuri uyu wa 23 Ukuboza 2021. Mu myiyerekano bakoze, aba basirikare bagaragaje ubuhanga mu bikorwa (operations) byihariye, kunyura mu mazi, mu bumenyi bw’ikarita, kurwanira mu kirere, kurasa no mu kurwana n’umwanzi […]