Amafoto: Umusaza w’imyaka 76 atunze intwaro zirenga 4000 zirimo n’ibifaru

Umusaza w’imyaka 76 y’amavuko witwa Mel Bernstein (Dragon Man) utuye muri Leta ya Colorado muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aravuga ko atunze intwaro z’ubwoko butandukanye zirenga 4000. Izi ntwaro zirimo Mashinigani zirenga 200, Ak-47, Bazooka, amabombe n’imodoka z’intambara zizwi nk’ibifaru zose azibitse mu nzu ye bwite azicururizamo yitwa Dragon Arms iri muri Colorado ahitwa […]
Kamonyi: Umugabo aravugwaho kumara imyaka 5 afungiranwe n’umugore
Umusaza witwa Kabayiza Berchmas aratabariza umuvandimwe we witwa Munyakazi Desire avuga ko amaze imyaka irenga itanu afungiranwe mu rugo n’umugore we, Nyiransabimana Anne Marie. Kabayiza w’imyaka 84 y’amavuko yamenyesheje umunyamakuru wa BTN TV iki kibazo ubwo yari yagiye kureba umuvandimwe we aho yimukiye mu kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi. Uyu […]
Leta ya Ethiopia iravuga ko yirukanye TPLF mu mujyi wo muri Tigray
Leta ya Ethiopia yatangaje ko ingabo zayo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2021 zafashe umujyi wa Alamata uri mu majyepfo y’intara ya Tigray isanzwe igenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwiyenge bw’iyi ntara. Itangazo ryasohowe na Guverinoma ya Ethiopia rivuga ko izi ngabo zafashe uyu mujyi zifatanyije n’iz’intara ya Amhara. Yagize iti: “Ingabo za […]
Bujumbura: Abarenga 10 bakomerekeye mu gitero cya gerenade
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2021 muri Zone ya Bwiza, Komini Mukaza mu Ntara ya Bujumbura, abantu barenga 10 bakomeretse nyuma yo guterwa gerenade n’umuntu utaramenyekana. Urubuga SOS ruvuga ko iyi gerenade yatewe mu masaa mbiri hafi y’icyumba gisobanurirwamo filimi n’iguriro ry’inyama z’ingurube, bikavugwa ko hari abantu benshi muri ako kanya. Uwabonye […]
Burundi: Abanyarwanda bane bahungiyeyo kubera urukingo bita urwa ‘Anti-Kristo’
Abanyarwanda bane barimo abagore batatu n’umugabo umwe bavuga ko badashaka gubabwa urukingo rwa Covid-19 ruri gutangirwa mu Rwanda ‘ku ngufu’ bahungiye mu gace ka Nyakarama, Komini Bugabira mu Ntara ya Kirundo. Radio na Televiziyo Isanganiro dukesha iyi nkuru, ivuga ko aba Banyarwanda bahungiye mu Burundi mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 20 Ukuboza […]
Umugabo watwise akanabyara, ababazwa n’abamwita umugore

Umugabo w’imyaka 37 y’amavuko witwa Bennett Kaspar-Williams utuye mu mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika washoboye gutwita akanabyara, ababazwa n’abarimo abaganga bamwita umugore cyangwa nyina w’umwana. Uyu mugabo na mugenzi we bahuje ibitsina witwa Malik bashakanye mu 2019, bifuje kugira umwana, abaganga bamwemerera kubimufashamo bifashishije ubuhanga bwabo bwo gusimbuza imisemburo, ahabwa […]
Libya: Itariki y’amatora ya Perezida yegejwe inyuma ho ukwezi
Komisiyo Nkuru ya Libya ishinzwe amatora kuri uyu wa 22 Ukuboza 2021 yafashe icyemezo cyo kwegeza inyuma ho ukwezi amatora ya Perezida w’iki gihugu. Aya matora byari biteganyijwe ko azaba ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukuboza, ariko Komisiyo y’amatora ivuga ko bitashoboka kubera ko itarasohora urutonde ndakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza ngo batorwe. Bitewe n’iyi […]
Avuga ko yasize ababyeyi muri Zambia ubwo yamenyaga ko bagize uruhare muri jenoside
Habumugisha Muragijimana Innocent wakuriye muri Zambia mu gihe yari impunzi, yavuze ko yasize ababyeyi be mu buhungiro muri iki gihugu ubwo yamenyaga ko ari abanyabyaha bagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yabitanzeho ubuhamya ku wa 17 Ukuboza 2021 ubwo umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse jenoside yakorewe Abatutsi, GAERG, wizihizaga isabukuru y’imyaka 73 ishize […]
Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bya EAC bari mu nama

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bari mu nama ishobora kwemerera mu buryo budakuka Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuba umunyamuryango mushya. Iyi nama irimo gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rihuza amashusho yitabiriwe na Perezida Kagame, Yoweri Museveni wa Uganda, Samia Suluhu wa Tanzania, Uhuru Kenyatta […]
Mozambique: Minisitiri w’Ingabo ahangayikishije n’uburyo ibyihebe byiyongera muri Niassa, bivuye Cabo Delgado
Minisitiri w’ingabo wa Mozambique, Maj. Gen. Cristóvão Chume, yatangaje ko uburyo abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wegamiye kuri Isilamu bari basanzwe mu Ntara ya Cabo Delgado, bakomeje kwiyongera no mu ya Niassa buhangayikishije. Ni nyuma y’amakuru y’impuruza avuga ko aba barwanyi bari gutsindwa n’ingabo za Mozambique zifatanyije n’iz’u Rwanda hamwe n’iziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’akarere ka […]
Israel: Baratangira guhabwa doze ya kane y’urukingo rwa Covid-19
Guverinoma ya Israel kuri uyu wa 21 Ukuboza 2021 yatangaje ko abantu bafite imyaka y’amavuko 60 kuzamura, abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abandi bafite integer nke z’umubiri baratangira guhabwa doze ya kane y’urukingo rwa Covid-19. N’uko CNN yabitangaje, iki icyemezo cyafashwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Naftali Bennett bisabwe n’akanama k’igihugu k’impuguke ziga kuri iki cyorezo. […]
CAR: Abapolisi b’u Rwanda bashimiwe kutijandika mu busambanyi
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Dr Mankeur Ndiaye yasuye itsinda RWAFPU1-7 ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrica, abashimira ko batijandika mu byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina. Dr Ndiaye yavuze ko abakozi b’uyu muryango bahura n’ikibazo gikomeye cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bakorerwa n’abasirikare cyangwa abapolisi bari muri ubu butumwa bw’amahoro. […]
Cabo Delgado: Ingabo za SADC zagabweho ibitero, imwe iricwa, zihatakariza n’ibikoresho
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba ukorera mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021 bagabye ibitero ku ngabo z’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC, ziri mu butumwa bw’amahoro, bicamo imwe, bazitwara n’ibikoresho. Nk’uko Umuvugizi w’izi ngabo, Brig. Gen. Andries Mahapa, yabimenyesheje itangazamakuru kuri uyu wa 21 Ukuboza 2021, ubwo izi ngabo zo muri […]
Ramaphosa yasubiranye inshingano yo kuyobora igihugu
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa uherutse gusimburwa by’agateganyo ku nshingano y’Umukuru w’Igihugu, yayisubiranye kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021. Tariki ya 12 Ukuboza ni bwo Perezida Ramaphosa yasimbuwe na Visi Perezida, David Mabuza bitewe n’uko uyu Mukuru w’Igihugu yari yagiye mu kato kuko yari yanduye icyorezo cya Covid-19. Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo […]
Barafinda yasubijwe i Ndera
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko Barafinda Fred Ssekikubo uvuga ko afite ishyaka rya R2UDA ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yasubijwe mu bitaro byita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe bya CARAES i Ndera. Uru rwego rwatangarije KT Press ko gusubiza Barafinda muri ibi bitaro byatewe n’uko mu minsi mike ishize yongeye kugaragaza ibimenyetso byerekana ko yongeye […]
U Rwanda ruvuga ko nta cyabuza Busingye kuba Ambasaderi warwo mu Bwongereza
Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nta cyabuza kuba Ambasaderi warwo mu Bwongereza Busingye Johnston wabaye Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo asubiza bamwe mu badepite bo mu Bwongereza batangiye ubukangurambaga bwo gusabira Busingye ibihano, ngo aho kwemerwa nka Ambasaderi w’u Rwanda. Aba badepite barasabira Busingye ibihano babishingiye ku […]
Umusirikare afunzwe azira kwambikwa impeta yambaye impuzankano
Igisirikare cya Nigeria cyataye muri yombi umusirikare witwa Sofiyat Akinlabi kimuziza kwemera kwambikwa impeta kandi yambaye impuzankano y’akazi (uniform). Ni nyuma y’aho mu cyumweru gishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho agaragaza uyu mukobwa yambikwa impeta n’umusore wambaye imyambaro ya gisivili, igikorwa cyakorewe ku karubanda. Umuvugizi w’igisirikare cya Nigeria, Gen. Clement Nwachukwu yabwiye BBC ko ibyo […]
Beni: UPDF yishe abarwanyi babiri ba ADF, umusirikare wayo arakomereka
Igisirikare cya Uganda, UPDF kivuga ko cyiciye abarwanyi babiri b’umutwe w’iterabwoba wa ADF muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, umusirikare wacyo umwe na we arakomereka. UPDF ivuga ko byabaye kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021 nyuma y’ibindi bitero iherutse kugaba ku birindiro bitatu by’uyu mutwe muri […]
Goma: Bane bapfiriye mu myigaragambyo yamagana Polisi y’u Rwanda, 17 barakomereka
Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abantu bane bapfiriye mu myigaragambyo yabereye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021, yamaganaga Polisi y’u Rwanda. Mu bapfuye harimo umupolisi umwe, umumotari, uruhinja hamwe n’undi muntu mukuru. Umuvugizi w’uru rwego kandi yatangaje ko iyi myigaragambyo yakomerekeyemo abantu 17 barimo abapolisi batanu […]
RED Tabara ivuga ko yishe abasirikare b’u Burundi 5 n’abapolisi 7
Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi uvuga ko wiciye abasirikare batanu (5) b’iki gihugu n’abapolisi barindwi (7), ukomerekereza n’abandi benshi mu gitero wabagabyeho hafi y’umupaka wa Gatumba/Uvira ugihuza na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Uvuga ko wagabye iki gitero kuri uyu wa 19 Ukuboza 2021, kimara isaha imwe, ngo “abasirikare […]
Agahinda kavanze n’ikiniga kuri Se wa Diane bikekwa ko yiciwe n’umugabo we muri Suède

Ubwo inshuti n’abo mu muryango batangaga ubuhamya kuri Ingabire Diane bikekwa ko yiciwe muri Suède n’umugabo we Uwizeye Jean Damascène, umubyeyi wa nyakwigendera yagaragaje agahinda n’ikiniga, asobanura uburyo babuze umuntu mwiza kandi wari ingenzi kuri bo. Uyu mubyeyi (Se) wa Diane n’abavandimwe be bari basigaranye, nk’uko byumvikana mu mashusho ya Umuco Wacu TV yasobanuye uburyo […]
Ethiopia: Abanyamakuru batatu barashinjwa ibyaha by’iterabwoba
Abanyamakuru batatu bo muri Ethiopia baherutse gutabwa muri yombi bazira kugirana ibiganiro n’umutwe w’itwaje intwaro urwanya ubutegetsi wa OLA w’ubwoko bwa Oromo barashinjwa ibyaha byo kwamamaza iterabwoba. Aba ni Amir Aman Kiyaro ukorera mu buryo budahoraho ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, umufotozi wigenga witwa Thomas Engida na Addisu Muluneh ukorera ikinyamakuru cya Leta, Fana. Kuri […]
Goma: Babyukiye mu myigaragambyo bamagana ‘Polisi y’u Rwanda muri RDC’
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Goma biganjemo urubyiruko kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021 bazindukiye mu myigaragambyo bamagana icyo bise ukujya kw’abapolisi b’u Rwanda mu gihugu cyabo, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Amashusho aturuka i Goma akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza umuhanda waho wafungishijwe ibirimo amabuye n’intebe, abaturage bake birukanka, abapolisi bagerageza […]
Umupolisi mukuru ukekwaho kuyobora igitero cyagabwe kuri Minisitiri Gisaro n’abadepite yafashwe
Umupolisi mukuru ukekwaho kuyobora igitero cyagabwe kuri Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi ushinzwe ibikorwaremezo n’imirimo rusange muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatawe muri yombi. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Ukuboza 2021 ni bwo Minisiteri Gisaro ayoboye yatangaje ko we n’abo bari kumwe (byamenyekanye ko ari abadepite) barashweho n’abapolisi bafite imbunda zihagije. Ubwo […]
Dr Munyakazi yaroroherejwe, Abanyarwanda 8 bavanwa Arusha, amasezerano ya RNP na PNC ateza impaka, inkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 13 Ukuboza 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zitandukanye ziganjemo iz’umutekano, ubutabera na politiki. Muri zo harimo: Amasezerano ya Polisi y’u Rwanda n’iya RDC yateje impaka Polisi y’u Rwanda (RNP) n’iya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (PNC) zasinye amasezerano y’ubufatanye yari ahagarariwe n’abayobozi bakuru b’izi nzego, IGP Dan Munyuza na mugenzi we […]
RDC: Abapolisi barashe kuri Minisitiri Gisaro n’abo bari kumwe
Abapolisi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafi bafite intwaro zihagije barashe kuri Minisitiri w’ibikorwaremezo n’imirimo rusange, Alexis Gisaro Muvunyi n’itsinda ry’abo bari kumwe. Aya makuru amaze gutangarizwa kuri Twitter na Minisiteri Gisaro ayoboye. Igize iti: “Ubwo yageraga hasi, abapolisi bari bafite intwaro zihagije barashe kuri Minisitiri ushinzwe ITP, Alexis Gisaro n’itsinda rye. Minisitiri […]
Kabale: Baravuga ko bataye muri yombi umusirikare w’u Rwanda
Abaturage n’ubuyobozi bw’akarere ka Kabale muri Uganda baravuga ko bataye muri yombi umusirikare w’u Rwanda witwa Ndagijimana (Pte) ubwo yari amaze kwinjira mu gihugu cyabo. Daily Monitor yatangaje ko uyu musirikare asanzwe akorera mu birindiro bya Alpha Taskforce bibarizwa muri Batayo ya 17, Batayo ya 501 biri mu gace ka Nyamicucu, i Butaro mu Karere […]
Joseph Kabila yarokotse impanuka ikomeye
Senateri Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugeza mu ntangiriro y’2019, yakoze impanuka ikomeye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2021, Imana ikinga akaboko. Amakuru aturuka muri RDC avuga ko imodoka (Jeep) ya Kabila wari ugeze ku irembo ry’urugo rwe mu gace ka Kingakati mu murwa mukuru, Kinshasa, yacitse feri, ikomereza […]
Radiyo na televiziyo zirimo kudukama, gucuranga indirimbo zacu si impuhwe_Umuhanzi Kivumbi
Umuhanzi nyarwanda w’indirimbo n’imivugo, Kivumbi King (Umwami Kivumbi) avuga ko radiyo na televiziyo byo mu Rwanda bibakama, zigacuranga indirimbo zabo zitabishyuye. Ni mu gihe bizwi ko muri iki gihugu, ibinyamakuru bicuranga igihangano cy’umuhanzi mu buryo bwakwitwa kumufasha kukimenyekanisha, ariko we akavuga ko burya zitaba ari impuhwe. Kivumbi yatanze ubu butumwa asubiza ubwa mugenzi we Alyn […]
Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba 162 zirimo 77 za CNRD zarambitse intwaro
Abarwanyi 162 b’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Teritwari ya Kalehe y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barimo aba CNRD Nyatura iyobowe n’uwitwa Machano baherutse kurambika intwaro. Umuvugizi w’akarere ka gisirikare ka 33, Lt. Col. Jean-Louis Tshimwang yatangarije Actualité dukesha iyi nkuru ko aba barwanyi bishyikirije ingabo za RDC n’iziri mu butumwa […]
Gen. Kayihura yasabye akazi k’ubwavoka
Gen. Kale Kayihura, umusirikare wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda yasabye akanama k’igihugu gashinzwe abanyamategeko kumugira uwunganira abaregwa mu nkiko w’umwuga uzwi nk’Umwavoka. Nk’uko Nile Post yabitangaje, Gen. Kayihura ari ku rutonde rw’abanyamategeko 20 baherutse gusaba aka kanama gushyirwa ku rutonde rw’abemerewe gukora aka kazi mu buryo bw’umwuga. Iki kinyamakuru kandi kivuga ko aka […]
UPDF na FARDC bafashe mpiri abandi barwanyi 35 ba ADF
Ingabo za Uganda (UPDF) zifatanyije n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC) zafatiye mpiri abandi barwanyi 35 b’umutwe w’iterabwoba wa ADF mu bitero bitatu ziherutse kugaba. Itangazo ryo kuri uyu wa 18 Ukuboza 2021 ryashyizweho imikono n’abavugizi b’ingabo z’ibihugu byombi, Brig. Gen. Flavia Byekwaso na Maj. Gen. Kasonga Cibangu Léon-Richard rivuga ko zagabye ibi bitero […]
Nyarugenge: Abagore 4 basinze bateje impagarara, abaturage barahurura
Mu Mudugudu w’Akabugenewe, Akagari ka Kinyange, Umurenge wa Gitega w’Akarere ka Nyarugenge, abagore bane barimo batatu bavuga ko bakomoka muri Uganda bose bigaragara ko bari basinze bateje impagarara, abaturage barahurura. Byatangiye abantu bahurura babwirwa ko aba bagore babyaranye n’umugabo utuye muri uyu Mudugudu, bityo rero izi mvururu zatewe n’uko bahahuriye, ariko batohoje neza basanga atari […]
Ethiopia yikomye akanama ka UN gashinzwe uburenganzira bwa muntu
Guverinoma ya Ethiopia kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 yatangaje ko hari abakomeje gukoresha akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu nyungu za politiki. Ni nyuma y’aho abagize aka kanama bateranye biga ku ntambara iri kubera muri Ethiopia, bagashyiraho urwego rwihariye rushinzwe gukora iperereza ku byaha bivugwa bikorerwa by’umwihariko mu ntara ya Tigray. Ishyirwaho ry’uru […]
Perezida Macron yasubitse uruzinduko yari afite muri Mali
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yasubitse uruzinduko yagombaga kugirira muri Mali ku wa Mbere tariki ya 20 Ukuboza 2021, aho byari biteganyijwe ko ahura na Perezida w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta n’abasirikare b’igihugu cye bariyo. Nk’uko Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yabitangaje, Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa byasobanuye ko impamvu yatumye Macron asubika uruzinduko rwe, ari ubwandu […]
Madagascar: Abafaransa barimo uwabaye Colonel bakatiwe imyaka 10 na 20 y’imirimo y’agahato
Urukiko rwo muri Madagascar kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 rwahanishije Abafaransa babiri imyaka 10 na 20 y’imirimo y’agahato rumaze kubahamya gucura umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’Umukuru w’Igihugu, Perezida Andry Rajoelina. Aba Bafaransa ni Paul Rafaroharana ukomoka muri Madagascar, akaba yakatiwe imyaka 20 akora iyi mirimo. Naho undi wabaye Colonel mu ngabo z’u Bufaransa ni […]
Abapolisi 481 birukanywe burundu
Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda yateraniye ku Kacyiru kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 yirukanye mu kazi burundu abapolisi 481, bazira amakosa n’ibyaha bihabanye n’indangagaciro z’umwuga. Amakosa akomeye bazize arimo ruswa, ubusinzi no gutoroka akazi. Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza uhamya ko umubare w’aba bapolisi bakoze amakosa n’ibyaha ari munini, […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare barenga 10,000 barimo ba ‘Major’ 460

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Paul Kagame yazamuye mu ntera abasirikare barenga 10,000 barimo abari bafite ipeti rya ‘Major’. Kuva ku rito kugeza ku rinini: Abari bafite irya Private bazamuwe ku rya Corporal ni 12,690. Abari ba Corporal bazamuwe ku rya Sergeant ni 2,836 Abari ba Sergeant bazamuwe ku rya Staff Sergeant […]
UN yaba igiye gukora iperereza ku byaha ingabo za Ethiopia zishinjwa gukorera muri Tigray
Abagize akanama gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu k’Umuryango w’Abibumbye byateganyijwe ko kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 baterana kugira ngo barebe niba byashoboka ko bashyiraho itsinda rikora iperereza ku byaha ingabo za Ethiopia zishinjwa gukorera abasivili mu ntara ya Tigray. Ni nyuma y’aho imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Amnesty International na Human Rights Watch yunze mu ry’umutwe […]
Abifuza kwinjira muri RDF ku rwego rwa Ofisiye no mu Nkeragutabara bahawe urubuga

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyahaye urubuga abifuza kwinjiramo ku rwego rwa osifiye no mu mutwe w’Inkeragutabara (Reserve Force). Nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya RDF kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 ribivuga, abarebwa n’iri tangazo ni abafite imyaka y’amavuko iri hagati ya 18 na 21 barangije amashuri yisumbuye (ku rwego rwa ofisiye) n’iri hagati ya […]
Koreya ya Ruguru: Abaturage bategetswe kumara iminsi 10 badaseka
Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un yategetse abaturage bose kumara iminsi 10 badaseka, batanywa ibisindisha, batanizihiza amasabukuru y’amavuko; uwabirengaho akazirengera ingaruka zabyo. Ni itegeko yatanze mu gihe iki gihugu guhera kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 cyibuka imyaka 10 ishize uwari Perezida akaba na se wa Kim Jong-un, Kim Jong-il amaze apfuye. Ku baturage, […]
Irushanwa Miss World 2021 ryitabiriwe n’Umunyarwandakazi ryahagaritswe
Irushanwa mpuzamahanga ry’ubwiza rya Miss World 2021 ryitabiriwe n’Umunyarwandakazi Ingabire Grace ryahagaritswe bitewe n’ubwandu bwa Covid-19 bwagaragaye muri benshi baryitabiriye. Miss World ku rubuga rwayo, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2021 yatangaje ko ubwo bamwe mu bitabiriye iri rushanwa bari i Puerto Rico bari bamaze kugaragaraho ubu bwandu, habayeho inama hagati y’abaritegura n’inzobere mu by’ubuzima. […]
Paris: Muhayimana yakatiwe igifungo cy’imyaka 14
Urukiko rusesa imanza rw’i Paris mu Bufaransa rumaze guhamya ubufatanyacyaha mu byaha bya jenoside yakorewe Abatutsi Umunyarwanda Muhayimana Claude, rumukatira igifungo cy’imyaka 14. Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021, Ubushinjacyaha bwasabaga urukiko kumuhambya iki cyaha, rumusabira igifungo cy’imyaka 15. Mu kwiregura kuri uyu wa 16 Ukuboza, Muhayimana yasabye abacamanza kwishyira mu mwaka […]
Bane bafunzwe bakekwaho gushuka abakobwa, kubambura bakanabasambanya

Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu bane rukekaho gushuka abakobwa, bakabambura no kubakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato. Abafunzwe ni Habumuremyi Yves, Bizimana Pacific, Mugisha Aimable na Gatete Emmanuel. Uru rwego rwasobanuye ko abakekwa bakoranaga ibi byaha, umwe muri bo akaba ashuka umukobwa bahuriye ku mbuga nkoranyambaga, bagakundana, noneho akazamusaba ko […]
Madagascar: Batanu barimo Umufaransa wabaye Colonel basabiwe igifungo cya burundu
Ubushinjacyaha bwa Madagascar kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021 bwasabiye igifungo cya burundu abantu batanu bushinja gutegura umugambi guhirika ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina. Abasabiwe iki gihano barimo Abafaransa babiri: Philippe François wabaye mu ngabo z’u Bufaransa afite ipeti rya Colonel na Paul Rafanoharana ukomoka muri Madagascar. Nk’uko tubikesha Le Monde, Umushinjacyaha Mukuru, Arsène Rabe […]
Umuryango Lantos wasabye u Bwongereza gufatira ibihano abayobozi babiri mu Rwanda
Umuryango wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lantos Foundation wasabye Guverinoma y’u Bwongereza gufatira ibihano Busingye Johnston wabaye Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda n’Umuyobozi Mukuru w’urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Col. Jeannot Ruhunga kubera uruhare ubashinja mu cyo wita ishimuta rya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba. Nk’uko bigaragara mu itangazo Lantos yasohoye kuri uyu wa 15 […]
Umugore wavuze ko ubukwe yakoze ari nka ‘anniversaire’ yasobanuye ko ataciye umugabo we inyuma
Akayezu Odette utuye mu Murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, uherutse gutangaza ko ubukwe yakoze abufata nk’ibirori byo kwizihiza ‘anniversaire’ (isabukuru) y’amavuko, yasobanuye ko ataciye inyuma uwari umugabo we, Muhima Michel. Mu gitondo cya kare tariki ya 13 Ukuboza 2021 ni bwo Muhima utari waraye mu rugo yatabaje abaturanyi n’abashinzwe umutekano, […]
Gen. Kainerugaba yasabye Perezida Museveni kubabarira Kale Kayihura
Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Yoweri Museveni uyoboye iki gihugu, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yasabye umubyeyi we kubabarira Gen. Edward Kalekezi (Kale) Kayihura wigeze kuyobora Polisi. Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021, Gen. Kainerugaba yavuze ko ari umwe mu basirikare bakoreye igihugu, bagikundisha abandi, bityo […]
Macron arahura na Col. Goïta mu gihe ingabo z’u Bufaransa ziva muri Mali

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron arateganya guhura na Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Colonel Assimi Goïta mu gihe ingabo z’igihugu cye ziri kuva muri iki kiri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umugabane wa Afurika. Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021 yatangaje ko Perezida Macron azagirira uruzinduko muri Mali tariki ya 20 Ukuboza, akaganira na […]
Nta muntu ufite uburenganzira bwo kwiyahura_Minisitiri Gatabazi ku batikingiza Covid-19
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yasobanuriye abaturarwanda ko ari ngombwa ko buri wese yikingiza icyorezo cya Covid-19 mu rwego rwo kurinda abandi. Uyu muyobozi yasubizaga ku bibaza impamvu kwikingiza iki cyorezo bisa n’ibihinduka itegeko, kandi bivugwa ko iki gikorwa umuntu agikora ku bushake, yaba atagishaka ntagikore. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyerekeye ingamba zo kurwanya […]
Dr Munyakazi yagabanyirijwe igihano nyuma yo gutakamba
Urukiko Rukuru rwagabanyirije igihano Dr Isaac Munyakazi wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), rumukatira imyaka itanu isubitse, rumuca n’ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (Frw 3.000.000). Ni nyuma y’aho Dr Munyakazi ajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ya Frw 10.000.000 yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Kwakira 2020, rumaze kumuhamya icyaha […]
Malta: Inteko yemereye abaturage guhinga no kunywa urumogi
Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Malta yakuyeho itegeko ribuza abaturage guhinga no kunywa urumogi, iba igihugu cya mbere ku mugabane w’Uburayi kibikoze. Kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021 ni bwo abagize Inteko ya Malta bakoze itora rigamije kureba niba iri tegeko ryakurwaho. 36 batoye babyemeza, abandi 27 barabyanga. Hashingiwe ku bwiganze bw’amajwi, iri tegeko […]
UN: Afurika y’Epfo ntiremera kuyifasha gushaka Abanyarwanda bakekwaho jenoside
Umushinjacyaha Mukuru w’urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwasimbuye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), Serge Brammertz yatangaje ko bakigorwa na Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu gikorwa cyo gushakisha abakekwaho uruhare rukomeye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Brammertz yabitangarije abagize akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano ku wa 13 Ukuboza 2021 ubwo yabagezagaho ibikorwa bya […]
Injyana ya Rumba yo muri RDC yashyizwe mu murage w’Isi
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburezi, siyansi n’umuco (UESCO) ryashyize injyana y’umuziki ya Rumba yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ku rutonde rw’umurage w’Isi. UNESCO mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021, isobanura ko Rumba yo muri RDC ari injyana yihariye imaze igihe kirekire muri iki gihugu, aho yakomotse ku yitwaga […]
U Bwongereza bwisubiriye ku cyemezo cyo gukumira abaturuka mu bihugu bya Afurika y’amajyepfo
Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021 yisubiriye ku cyemezo cyo gukumira abagenzi baturuka mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’amajyepfo, cyari cyaratewe na Covid-19 nshya yahawe izina rya Omicron yagaragayeyo bwa mbere. Mu Gushyingo 2021 nyuma y’aho Afurika y’Epfo yari imaze gutangaza ko isuzuma ryakorewe muri laboratwari yayo ryagaragaje Covid-19 nshya yihinduranyije, […]
RDC: Ingabo za Uganda zagabye ikindi gitero gikomeye kuri ADF
Mu gitondo cy’uyu wa 14 Ukuboza 2021, ingabo za Uganda zagabye ikindi gitero gikomeye ku birindiro by’umutwe w’iterabwoba wa ADF muri Teritwari ya Beni iri mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umunyamakuru Tony Kitambala ukorera muri aka gace yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko guhera mu masaa kumi n’imwe […]
Depite Owino warasiye DJ mu kabyiniro k’Umunyarwanda yagizwe umwere
Umunyakenya Babu Owino wari uhagarariye agace ka Embakasi mu Nteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yagizwe umwere ku cyaha cyo kugerageza kwica Felix Orinda wamamaye nka DJ Evolve kubera akazi akora ko kuvanga umuziki. Owino yarashe DJ Evolve tariki ya 17 Mutarama 2021 ubwo bahuriraga mu kabari kitwa B Club k’Umunyarwanda Billy Ndengeyingoma gaherereye mu gace […]
Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya gazi
Guverinoma y’u Rwanda imaze gutangaza ko guhera tariki ya 15 Ukuboza 2021 kugeza ku ya 15 Mutarama 2022, igiciro ntarengwa cya gazi mu gihugu hose kizajya kigurwa amafaranga y’u Rwanda (Frw) 1260 ku kilo. Ni nyuma y’isezerano Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente aherutse guha abaturarwanda ubwo yagezaga ku bagize Inteko Rusange ibikorwa bya guverinoma, ubwo […]
U Rwanda rwibukije UN ko Kabuga amaze umwaka n’igice ataraburanishwa

Valentine Rugwabiza uharagariye mu buryo buhoraho Guverinoma y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa 13 Ukuboza 2021 yibukije akanama kawo gashinzwe umutekano ko Kabuga Félicien ukekwaho ibyaha bya jenoside amaze igihe kirenga umwaka ataraburanishwa. Yagize ati: “Tuributsa akanama ko Kabuga ari umwe mu bateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba Umunyarwanda wenyine urwego […]
Makerere: Abanyeshuri bavuze ko bageza USA mu nkiko kubera ibihano yafatiye Gen. Kandiho

Bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda bibumbiye mu muryango wa Pan African Movement barahiriye kugeza Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu nkiko bitewe n’ibihano ziherutse gufatira Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igisirikare rushinzwe ubutasi (CMI), Maj. Gen. Abel Kandiho. Mu gitondo cy’uyu wa 13 Ukuboza 2021, ni bwo aba banyeshuri bari bake […]