U Rwanda ruribaza ku Banyarwanda 8 boherejwe muri Niger rutabimenyeshejwe

Valentine Rugwabiza uhagarariye mu buryo buhoraho Guverinoma y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa 13 Ukuboza 2021 yagaragaje ko iki gihugu gifite impungenge z’uko Abanyarwanda umunani (8) baherutse koherezwa muri Repubulika ya Niger hari ubwo baba ikibazo ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari. Urwego mpanabyaha rwa UN rwashyiriweho u Rwanda rukorera i Arusha muri […]
Umugabo yafatiye mu buriri umugore we bashyingiwe vuba aryamanye n’undi mugabo

Umugabo witwa Muhima Michel utuye mu Murenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cy’uyu wa 13 Ukuboza 2021 yasanze umugore we Akayezu Odette bashyingiwe vuba aryamanye n’undi bivugwa ko ari Enjenyeri mu bwubatsi witwa Simeon, haduka igisa n’imirwano. Muhima mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa BTN TV dukesha iyi nkuru yatangaje […]
Umunyamakuru MC Hero yambitse impeta umukunzi bamaze imyaka 20 bakundana

Umunyamakuru akaba n’umuyobozi w’ibitaramo n’ibirori (Master of Ceremonies) Gasore Albert wamamaye nka MC Hero yambitse impeta umukunzi we Tuyisingize Ruth bamaze imyaka 20 bakundana. MC Hero yakoreye ibinyamakuru byandika bitandukanye no ku maradiyo nka Radio Isano ikorera mu mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, aho yakoraga mu biganiro by’imyidagaduro. Yambikiye Ruth impeta mu Karere […]
Abiy Ahmed yasubiye ku rugamba
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia byatangaje ko Abiy Ahmed Ali yasubiye kuyobora ingabo z’igihugu zihanganye n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray. Bigaragara mu itangazo byashyize kuri Twitter tariki ya 11 Ukuboza 2021, ubwo byatangazaga ko ingabo za Leta zafashe uduce dutandukanye twari mu maboko y’uyu mutwe bivuga ko ari uw’iterabwoba. […]
Perezida Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yasimbuwe by’agateganyo
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021 yasimbuwe by’agateganyo na Visi Perezida, David Mabuza. Byatewe n’uko Perezida Ramaphosa yagiye mu kato nyuma yo kwisuzumisha, abaganga bakamusangamo Covid-19 nshya yihinduranyije yahawe izina rya Omicron. Mu gihe uyu Mukuru w’Igihugu ari mu kato mu murwa mukuru, Cape Town, ababa barahuye na […]
U Rwanda rwasubije abasabira Busingye ibihano kubera Rusesabagina
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yasubije abasabira ibihano uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, ko Paul Rusesabagina uri kurangiza igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 aherutse gukatirwa ko ko mu itabwa muri yombi ry’uyu mufungwa nta mategeko yishwe. Ni nyuma y’aho abadepite babiri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, Christopher John […]
Umurundikazi wari warakatiwe burundu n’imyaka itanu yongeye gutoroka gereza
Umurundikazi witwa Gloria Nizigiyimana wari ufungiwe muri gereza ya Ngozi nyuma yo gukatirwa igifungo cy’imyaka itanu cyiyongereye ku cya burundu yongeye gutoroka akoresheje umugozi. Niziyigiyamana yabanje gufungirwa muri gereza nkuru ya Gitega, ubwo yakatirwaga igifungo cya burundu, azira icyaha cyo kwica umwana. Iyi gereza yarayitorotse, arashakishwa, arafatwa, yimurirwa muri gereza ya Ngozi. Kubera gutoroka, igifungo […]
U Rwanda kuri UPDF muri RDC, isimbuzwa rya Gen. Nyamvumba, iperereza ku muyobozi wa RBC; inkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 6 Ukuboza 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zitandukanye ziganjemo izirebana n’umutekano, politiki n’ubutabera. Muri zo harimo: U Rwanda ku ngabo za Uganda muri RDC Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yatangarije Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ko iki gihugu cyubaha icyemezo cya Leta ya Uganda cyo kohereza ingabo zayo mu burasirazuba […]
Perezida Museveni yahinduye Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda

Perezida wa Repubulika wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021 yagize Maj. Gen. (Rtd) Robert Rusoke Ambasaderi mushya w’igihugu ayoboye mu Rwanda. Gen. Rusoke arasimbura Oliver Wonekha wabaye Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda kuva mu 2017. Wonekha we yoherejwe mu Bushinwa. Hari abandi ba Ambasaderi 37 Perezida Museveni yashyizeho barimo undi […]
Ethiopia: TPLF yisubije umujyi ndangamurage, Lalibela
Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray bisubije umujyi ndangamurage wa Lalibela uri mu karere ka Amhara bari baherutse kwirukanwamo n’ingabo za Leta zari ziyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed. Inkuru z’ibitangazamakuru birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, Al Jazeera na Reuters zivuga ko abarwanyi ba TPLF bongeye kugaragara muri uyu mujyi […]
Perezida Samia yahishuye uko abapolisi bigeze kumuhohotera

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yahishuye ukuntu abapolisi bigeze kumufata inshuro ebyiri bamuziza amakosa adasobanutse, banamubwira amagambo atari meza. Yabitangaje kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amasomo y’abapolisi b’abofisiye wabereye ku ishuri rikuru rya Polisi riri mu murwa mukuru wa Tanzania, Dar es Salaam. Perezida […]
Uwaherukaga gupfusha umugore ari mu bapfiriye mu nkongi muri gereza ya Gitega

Umushoramari witwa Ndikumana Sylvestre wari utuye mu gace ka Musenyi, Komine ya Tangara mu Ntara ya Ngozim ni umwe mu bapfiriye mu nkongi y’umuriro yafashe gereza nkuru ya Gitega, we akaba yari amaze iminsi mike apfushije umugore we. Bivugwa ko Ndikumana wacuruzaga inzoga zengwa n’uruganda Brarudi yari amaze igihe kinini afungiwe muri gereza ya Gitega. […]
Itorero rya Mormon rivuga ko ryatangijwe na Yesu rigiye gufungura Misiyo mu Rwanda
Itorero rya Yesu Kirisitu ry’Abera bo mu Minsi ya Nyuma (The Church of Jesus Christ of Latter-day Saints) rizwi nka LDS cyangwa Mormon Church ryatangaje ko rizatangiza Misiyo i Kigali mu Rwanda muri Nyakanga 2022, ikazaba ibaye iya 39 ku mugabane wa Afurika n’iya 409 ku Isi yose. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryaryo, iri torero […]
New Zealand: Umugabo yikingije Covid-19 inshuro 10 ku munsi
Minisiteri y’Ubuzima muri New Zealand n’izindi nzego zibishinzwe biri gukora iperereza ku mugabo uvugwaho kwikingiza inkingo za Covid-19 inshuro 10 ku munsi. Ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko uyu mugabo [utatangarijwe amazina kubera ko agikorwaho iperereza] yaba yarishyuwe n’abadashaka kwikingiza kugira ngo abikore mu mazina yabo. Ibi bitangazamakuru bivuga ko nyuma yo kwishyurwa, uyu […]
Uganda: Umubyeyi utwite n’uwonsa bazajya bahembwa buri kwezi
Ababyeyi batwite, abonsa n’abana bari munsi y’imyaka 2 y’amavuko batuye mu ntara ya West Nile muri Uganda bagiye kujya bahembwa amadolari ya Amerika 14 buri kwezi, mu rwego rwo kuboneza imirire yabo muri gahunda yahawe izina rya NutriCash. Nk’uko ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF ryabitangaje ku wa 9 Ukuboza 2021, gahunda ya NutriCash […]
Fizi: Abishe Maj. Kaminzobe bakamurya batangiye gushakishwa
Minisiteri ishinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko Leta yatangiye gushakisha abataremenyekana baherutse kwicira Maj. Joseph Kaminzobe muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bakamubaga hanyuma bakanamurya. Maj. Kaminzobe yishwe tariki ya 9 Ukuboza 2021 yari kumwe n’abasirikare bagenzi be mu modoka, ubwo bari bajyanye umurwayi ku ivuriro […]
New Zealand: Abavutse nyuma y’2008 bagiye gucibwa ku itabi mu buzima bwose
Minisiteri y’Ubuzima ya New Zealand kuri uyu wa 9 Ukuboza 2021 yatangaje ko mu mwaka utaha Leta izemeza itegeko ribuza abavutse mu 2008 na nyuma yaho kugura itabi, mu rwego kuribacaho mu buzima bwabo bwose. Umushinga w’iri tegeko watekerejweho bitewe n’abana batoya benshi banywa itabi muri iki gihugu, ahazaza habo hagatera impungenge bitewe n’ingaruka rigira […]
Bugesera: Bivugwa ko camera ya Polisi ishyirwa ku muhanda yibwe
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera bavuga ko umuntu utaramenyekana yibye camera igenzura umuvuduko wo mu muhanda ya Polisi yibwe ku wa 8 Ukuboza 2021. Babwiye umunyamakuru wa BTN TV ko iyi camera yari iteretse ku rurabo ruri iruhande gato rw’uyu muhanda mu masaa sita cyangwa saa saba z’amanywa, ngo […]
U Burundi bwongeye kuvuga ku bashinjwa kugerageza ‘coup’ kuri Nkurunziza bahungiye mu Rwanda
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Ambasaderi Albert Shingiro yongeye kuvuga ku bo igihugu cye gishinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza muri Gicurasi 2015, bahungiye mu Rwanda. Yabwiraga abarimo abahagarariye ibihugu (abadipolomate) n’imiryango itandukanye uko igihugu gihagaze mu bijyanye n’ubuzima, ubukungu, gucyura impunzi, umutekano n’ububanyi n’amahanga kuri uyu wa 9 Ukuboza 2021. Nk’uko Minisiteri Ambasaderi […]
Umuryango wa Rwigara mu rundi rubanza
Umuryango wa Rwigara Assinapol wabaye umushoramari ukomeye watangiye kuburana urubanza rw’ubujurire n’Umujyi wa Kigali uvugwaho kwambura [uyu muryango] umutungo w’ubutaka mu buryo bwirengagije amategeko. Umujyi wa Kigali ni wo wajuririye icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwari rweguriye uyu muryango ubu butaka. Umujyi urabufite, ndetse wabuhaye ikigo cy’ubwiteganyirize, RSSB, ikindi gice cyabwo cyubatsemo igorofa ndende. Gusa uyu mujyi […]
Abanyamerika bagiriwe inama yo kutajya muri Uganda
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu wa 8 Ukuboza 2021 zagiriye inama abenegihugu bazo yo kutajya muri Uganda, bitewe n’umutekano wo muri iki gihugu utizewe. Ibitero by’iterabwoba biherutse kugabwa mu murwa mukuru, Kampala, ni byo byatumye Abanyamerika bagirwa inama yo kutajya muri iki gihugu. Ubutumwa bubaburira bugira buti: “Nimwisubire ku kujya muri Uganda […]
Amafoto: Imyiyerekano y’abakomando ba Tanzania n’intwaro za rutura ku munsi w’Ubwigenge

Abakomando ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, bigaragaje mu buryo bwihariye kuri uyu wa 9 Ukuboza 2021, mu gihe iki gihugu cyizihiza umwaka wa 60 kimaze kibonye ubwigenge. Umuhango ku rwego rw’igihugu wabereye i Dar es Salaam kuri sitade ya Uwanja wa Uhuru, witabirwa n’abashyitsi bakuru barimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, uwa Mozambique n’uwa […]
Mu Bwongereza: Abadepite batangiye gutambamira ukwemerwa kwa Busingye nka Ambasaderi

Abadepite babiri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza batangiye gutambamira ukwemerwa kwa Busingye Johnston nka Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu. Aba ni Christopher John Bryant uhagarariye ishyaka Labour ritavuga rumwe n’ubutegetsi na Iain Duncan Smith wo mu ishyaka Conservative riri ku butegetsi. Aba badepite mu mpaka bagiriye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, mu cyumba […]
Gen. Kandiho yavuze ko USA ishobora guhombera mu bihano yamufatiye
Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igisirikare cya Uganda rushinzwe ubutasi (CMI), Maj. Gen. Abel Kandiho yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zishobora guhombera mu bihano zamufatiye. Tariki ya 7 Ukuboza ni bwo Guverinoma ya USA yatangaje ko ifatiye ibihano Gen. Kandiho bitewe n’ibikorwa bya CMI bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu zivuga ko na we agiramo uruhare. Ibi […]
Kenya: Abapolisi bashya bo mu mutwe udasanzwe bagaragaye barahirira kwica abasivili
Abapolisi bashya ba Kenya bo mu mutwe utasanzwe wa GSU (General Service Unit) bagaragaye mu mashusho barahirira kwica abasivili mu gihe bazaba batangiye akazi. Amashusho y’aba bapolisi ifite uburebure bw’amasegonda 30 yasakaye ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 8 Ukuboza 2021 ubwo bari bavuye mu muhango wo gusoza amasomo y’aka kazi. Umuhango wo gusoza aya […]
Ethiopia: Abiy Ahmed yavuye ku rugamba
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali yavuye ku rugamba by’igihe gito aho yari ayoboye ingabo za Leta zihanganye n’imitwe yitwaje intwaro irimo TPLF, ajya gusubukura akazi mu biro. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2021 byatangaje ko Abiy asubiye mu biro ingabo za Leta zirangije icyiciro cya mbere cyo kurwanya iyi […]
Gen. Numbi na Kabila batunzwe agatoki mu rubanza rw’urupfu rwa Chebeya na Bazana

Ofisiye mukuru wari umaze imyaka 10 yarahunze Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Paul Mwilambwe yatunze agatoki uwahoze ari Komiseri Mukuru wa Polisi, Gen. John Numbi na Joseph Kabila wabaye Umukuru w’Igihugu mu rubanza rw’urupfu rw’uwahoze ari impirimbanyi y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Floribert Chebeya na Fidèl Bazana wari umushoferi we. Chebeya na Bazana biciwe ku biro bikuru bya […]
Ingabo za MONUSCO zahawe uburenganzira bwo kurasa ku nyeshyamba
Umuryango w’Abibumbye wahawe uburenganzira bwo kurasa ku mitwe yitwaje intwaro (inyeshyamba) wifashishije ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bwawo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwahawe izina rya MONUSCO. Umugaba w’ingabo ziri muri MONUSCO, Gen. Marcos de Sá Alfonso da Costa yabitangarije Radio Okapi kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2021, ubwo yari amaze gushyira umukono […]
Mahama: Umurundi afunzwe akekwaho ubwambuzi
Abapolisi bakorera mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe bataye muri yombi impunzi y’Umurundi yitwa Bizimana Jean Claude bayikekaho kwambura mugenzi wayo w’Umurundikazi amafaranga y’u Rwanda (Frw) 222,000. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdun Twizeyimana yasobanuye ko Bizimana yambuye uyu Murundikazi witwa Uwimana Belyse aya mafaranga, amwizeza kumufasha kujya gutura ku mugabane […]
Leta ya Ethiopia ivuga ko abasirikare bakuru 12 ba TPLF bishwe, abandi bafatwa mpiri
Leta ya Ethiopia kuri uyu wa 7 Ukuboza 2021 yatangaje ko ingabo zayo zishe abasirikare bakuru b’umutwe witwaje intwaro wa TPLF bagera kuri 12, abandi bafatwa mpiri mu gihe hari n’abakomeje kurambika intwaro. Mu itangazo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byashyize kuri Twitter, byasobanuye ko ibi byose byabereye mu mirwano ingabo za Leta zari zihanganiyemo na […]
Mu byatumye Gen. Kandiho afatirwa ibihano haba harimo ifungwa ry’Abanyarwanda
Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu wa 7 Ukuboza 2021, yafatiye ibihano Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igisirikare cya Uganda rushinzwe ubutasi (CMI), Maj. Gen. Abel Kandiho birimo kwimwa viza (visa) no gufatirwa imitungo. Mu itangazo yashyize hanze, Guverinoma ya USA yasobanuye ko abakozi ba CMI Gen. Kandiho ayobora na we ubwe bafunga, […]
Gen. Kabarebe yemereye Byiringiro Lague inzu nziza
Umuyobozi w’icyubahiro wa APR FC usanzwe ari umujyanama wa Perezida Paul Kagame, Gen. James Kabarebe yemereye rutahizamu w’iyi kipe, Byiringiro Lague intwererano y’inzu nziza. Uyu musirikare yatanze iri sezerano ubwo yari yitabiriye ubukwe bw’uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko wasabye akanakwa Uwase Kelia kuri uyu wa 7 Ukuboza 2021. Basezeraniye imbere y’Imana mu rusengero rwa Philadelphia […]
Uganda yatangiye gushyira ibyuma by’ikoranabuhanga ku mipaka yayo n’u Rwanda

Ikigo cya Uganda gishinzwe imisoro (URA) n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka byatangiye gushyira ibyuma by’ikoranabuhanga bya sikaneri (scanners) ku mipaka ihuza iki gihugu n’u Rwanda, mu rwego rwo gukaza kuvugurura ubugenzi bukorerwa amakamyo ahanyura. Charles Wanjala uhagarariye URA mu karere k’amajyepfo y’uburengerazuba ubwo ku mupaka wa Kagitumba hari hamaze gushyira ibi byuma, yasobanuriye itangazamakuru ko bizabafasha […]
Uganda: Gen. Kandiho uyobora CMI yafatiwe ibihano
Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yafatiye ibihano by’imari Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igisirikare cya Uganda rushinzwe ubutasi (CMI), Maj. Gen. Abel Kandiho. Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso ni we wahishuye ko bamenye iby’ibi bihano Gen. Kandiho yafatiwe ariko ntabwo yatangaje ibyaha uyu musirikare yaba azira. Mu izina rya […]
Dr Nsanzimana Sabin wa RBC yahagaritswe, hari ibyo akurikiranweho

Mu izina rya Perezida Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yahagaritse by’agateganyo Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Dr Nsanzimana Sabin. Itangazo rya Dr Ngirente ryasohotse kuri uyu wa 7 Ukuboza 2021 rivuga ko Dr Nsanzimana hari ibyi akurikiranweho agomba kubazwa. Ubusanzwe itegeko riteganya ko mu gihe hari ibyo akurikiranweho, aba ahagaritswe ku […]
Uganda yabonetsemo abantu 9 banduye Covid-19 nshya, Omicron
Muri Uganda habonetse abantu icyenda (9) banduye icyorezo cya Covid-19 nshya cyihinduranyije cyahawe izina rya Omicron, iki kikaba cyaragaragajwe bwa mbere n’ibihugu biri mu karere ka Afurika y’amajyepfo. Umunyamakuru wa NBS TV kuri uyu wa 7 Ukuboza 2021 yavuze ko aba barwayi ba Omicron babonetse ubwo bari bamaze kugera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe […]
RDC: Uhagarariye UN abona imbaraga z’igisirikare zitakemura ikibazo cy’umutekano muke
Bintou Keita uhagarariye Umuryango w’Abibumbye, UN, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC, abona imbaraga nyinshi igisirikare cyakoresha zidashobora gukemura ikibazo cy’umutekano muke. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Xinhua, yagize ati: “Imbogamizi Leta irimo guhura nazo mu gushyira mu bihe bidasanzwe ni ukuba ingabo ziri kugorwa no kurinda abasivili no kurandura imitwe yitwaje intwaro.” Yabitangarije mu ijambo […]
Gen. Nyakarundi ari i Bujumbura

Brig. Gen. Vincent Nyakarundi uyobora urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cy’u Rwanda, RDF, ari i Bujumbura mu nama y’umutekano y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC. Muri iyi nama yatangiye kuri uyu wa 6 Ukuboza 2021, Gen. Nyakarundi yahuriyemo na bagenzi be bayoboye inzego zishinzwe iperereza mu ngabo z’u Burundi, Kenya, Uganda, Sudani y’Epfo na Tanzania. Baganiriye […]
TPLF imaze kwamburwa uduce twinshi iremeza ko itarimo gutsindwa urugamba
Mu gihe ingabo za Leta ya Ethiopia zitangaza ko zimaze kwigarurira uduce twinshi twari twarafashe n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’akarere ka Tigray, uyu mutwe na wo uvuga ko utarimo gutsindwa, ko ahubwo ibiri kuba wari warabiteganyije. Izi ngabo ziyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed ku rugamba, kuri uyu wa 6 Ukuboza 2021 […]
Vital Kamerhe wayoboraga ibiro bya Perezida Tshisekedi yafunguwe by’agateganyo
Vital Kamerhe wayoboraga ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yafunguwe by’agateganyo kuri uyu wa 6 Ukuboza 2021, asohoka muri gereza nkuru ya Makala yari afungiwemo kubera impamvu z’uburwayi. Kamerhe uri mu banyapolitiki bakomeye kuva ku butegetsi bwa Joseph Kabila yatawe muri yombi muri Mata 2020, akekwaho kunyereza umutungo wa Leta w’abarirwa […]
Dr Habineza abona abimurwa Bannyahe bakwiye guhabwa ingurane
Umudepite uhagarariye ishyaka DGPR riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Hon. Dr Frank Habineza abona ko abo Leta yimura mu midugudu ya Kangondo I, Kangondo II na Kibiraro I basaba ingurane, bakwiye kuyihabwa kuko amategeko ari ko abiteganya. Yagize ati: “Njyewe mbona ikibazo kijyanye no kubahiriza itegeko kuko itegeko rirasobanutse. […]
Imyaka 9 u Rwanda rubuze Hon. Inyumba, Perezida Kagame abona yari yihariye
Tariki ya 6 Ukuboza 2012 ni bwo mu Rwanda humvikanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’uwari Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Hon. Aloysie Inyumba wazize uburwayi. Hon. Inyumba ni umuyobozi wakoze inshingano nyinshi muri Guverinoma y’u Rwanda kuva ubwo ingabo za RPA Inkotanyi zahoboraga igihugu mu 1994, aba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena. Umuhango […]
Ingabo za Uganda 1700 zimaze kugera muri RDC, izindi zirategerejwe
Ingabo za Uganda 1700 zituruka mu mitwe itandukanye zimaze kugera muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugira ngo zirwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, izindi 300 zikaba zitegerejwe. Radio Okapi yatangaje ko aya makuru yahawe n’abashinzwe umutekano avuga ko izi ngabo zose zashinze ibirindiro mu gace ka […]
Kenya: Umukobwa ufite akaboko kamwe yasoje amasomo y’igisirikare

Tariki ya 2 Ukuboza 2021 Perezida wa Repubulika ya Kenya akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, Uhuru Kenyatta yayoboye umuhango w’urubyiruko 7,269 rwari rusoje amasomo y’igisirikare ku ishuri rya Gilgil riri mu Karere ka Nakuru. Muri ibi birori, uru rubyiruko rwakoze akarasisi mu rwego rwo kwishimira amasomo rwahawe mu mezi atandatu rumaze rwigishwa, hagaragaramo umukobwa ufite […]
RDF irateganya ko ba ‘Generals’ bajya batorezwa mu Rwanda mu gihe kiri imbere
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko bateganya ko abasirikare bo ku rwego rwa ‘General’ bajya bahabwa imyitozo muri iki gihugu mu gihe kiri imbere. Yabitangarije mu kiganiro cyitwa The Barbara Show gitegurwa n’umunyamakuru Barbara Umuhoza tariki ya 27 Ugushyingo 2021, cyibandaga ku cyerekezo cy’ingabo z’u Rwanda, RDF. Uyu musirikare ahamya ko iterambere […]
Senateri Evode Uwizeyimana yashyingiwe

Senateri Uwizeyimana Evode wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegekonshinga n’andi mategeko yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Zena Abayisenga. Videwo y’ubukwe bwa Senateri Evode na Zena n’amafoto ya ‘screenshot’ bikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga. Bigaragara ko umuhango wo kwiyakira bawukoreye muri Intare Arena, gusa aho basezeraniye n’igihe basezeraniye ntiturabimenya. Ubukwe bwabo bubaye […]
TPLF yasabye ko Turukiya, UAE na Iran bihagarika ubufasha biha Leta ya Ethiopia
Umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’akarere ka Tigray muri Ethiopia, Debretsion Gebremichael yandikiye Umuryango w’Abibumbye awusaba kugira uruhare mu ihagarika ry’ubufasha avuga ko Turukiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na Iran biha ingabo za Leta. Iyi baruwa ifunguye, Gebremichael yayandikiye Umunyamabanga Mukuru wa UN, Antonio Guterres muri iki cyumweru gishize, avuga ko […]
Ubutumwa bwa Angeline kuri Jeannette, ibitero bya UPDF kuri ADF, urubanza rwa Lt Seyoboka wigambye kurasa CND; inkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 29 Ugushyingo 2021 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru ziganjemo izirebana n’ubutabera, umutekano na politiki. Harimo: Ibitero simusiga bya UPDF kuri ADF Nyuma yo kubyemererwa na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yohereje ingabo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, tariki ya 30 Ugushyingo zitangira kugaba ibitero simusiga […]
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje agaciro, irya Uganda rirakazamura
Ikigo Bloomberg Definitiv Ltd cyerekana ko ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje agaciro kugeza mu mpera z’Ugushyingo uyu mwaka, mu gihe irya Uganda ari ryo ryazamuye agaciro cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Iyi mibare yerekana ko ishilingi rya Uganda ryazamuye agaciro ku gipimo cya 2.45% ugeranyije n’idolari rya Amerika rifatwa nk’ifaranga fatizo, mu gihe irya Tanzania […]
Mwenda abona byashoboka ko RDF yasanga UPDF muri RDC, bagahanganirayo
Umunyamakuru w’umunya-Uganda, Andrew Mwenda mu busesenguzi yakoze ku iyoherezwa ry’ingabo z’igihugu cyabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), abona byashoboka ko n’iz’u Rwanda (RDF) zazisangayo. Mwenda abona kohereza ingabo za Uganda byaba byakozwe mu buryo bushobora kuba burimo kwerekana imbaraga z’igisirikare, kuko ntiyumva neza ukuntu mu kurasa ku birindiro by’umutwe w’iterabwoba wa […]
RDC: Imihanda mibi yatumye amakamyo n’intwaro ziremereye bya UPDF bihera mu nzira

Umuvugizi w’ingabo za Uganda ziri ku rugamba rwo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major Peter Mugisha yatangaje ko amakamyo n’intwaro ziremereye byabo byaheze mu nzira kubera imihanda mibi. Nk’uko tubikesha The Observer, Maj. Mugisha yabitangarije mu kiganiro yagiraniye n’itangazamakuru mu gace ka Bundibugyo ku wa 3 […]
Kenya: Itora ryemeje ko Kagame yayobora Afurika y’Iburasirazuba, bibaye ngombwa ko igira Perezida umwe

Itora (sondage/poll) ryateguwe n’ikinyamakuru Kenyans cyo muri Kenya ryitabiriwe n’abakoresha urubuga rwa Twitter 16,058 ryagaragaje ko Paul Kagame ari we wayobora akarere ka Afurika y’Iburasirazuba mu gihe byaba ngombwa ko kagira Perezida umwe rukumbi. Iki kinyamakuru cyatangije iri tora tariki ya 3 Ukuboza 2021, gishyira ku rubuga ba Perezida bane: Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri […]
Igitaramo cya Koffi mu Rwanda cyabaye, muri Kenya cyaburijwemo
Umuhanzi Koffi Olomide wamamaye mu muziki wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yaraye ataramiye muri Kigali Arena mu Rwanda kuri uyu wa 4 Ukuboza 2021, nyuma y’impaka zari zimaze igihe zihuza abifuza ko igitaramo cye kitaba, abandi bashyigikiye ko kiba nk’uko cyateguwe. Abifuzaga ko kitaba bashingiraga ku byaha byo guhohotera no gufata ku […]
Abapolisi barasabwa kwirinda ibishuko
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yasabye abapolisi kwirinda ibishuko bishobora gusiga icyasha uru rwego rushinzwe umutekano. IGP Munyuza yabisabye abapolisi barimo abayobozi ba Polisi ku rwego rw’Akarere, abayobozi mu mu mashami ya Polisi atandukanye n’abayobora sitasiyo za Polisi kuri uyu wa 4 Ukuboza 2021 ubwo basozaga amahugurwa y’iminsi itandatu yaberaga ku cyicaro […]
Amafoto y’ingabo za Uganda ziri guhiga abarwanyi ba ADF muri RDC

Minisiteri y’Ingabo za Uganda yashyize ahabona amafoto y’abasirikare b’iki gihugu bari kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ADF. Iyi operasiyo yahawe izina rya Shujja iri gukorwa n’ingabo zirwanira ku butaka, izikoresha indege, imodoka z’intambara n’intwaro ziremereye hamwe n’umutwe w’ingabo zidasanzwe, SFC, iyobowe na Maj. Gen. Kayanza Muhanga usanzwe […]
Minisitiri w’Intebe yavuze ko ikibazo cy’igiciro cya gazi kizakemuka mu minsi 10

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yatangaje ko mu gihe kitarenze iminsi 10 ikibazo cy’igiciro cya gazi gihanitse kizaba cyakemutse. Yabitangarije abagize Inteko Rusange (umutwe wa sena n’uw’abadepite) kuri uyu wa 3 Ukuboza 2021, ubwo yabagezagaho ibikorwa bijyanye na gahunda yo gukingira icyorezo cya Covid-19 n’izahuka ry’ubukungu. Mu mwanya w’ibibazo, umudepite uhagarariye ishyaka ritavuga […]
CSP Kayumba wayoboraga gereza ya Nyarugenge n’uwari umwungirije bakatiwe
Urukiko rw’ibanza rwa Nyarugenge kuri uyu wa 3 Ukuboza 2021 rwakatiye igifungo cy’imyaka itanu ruca n’ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga CSP Kayumba Innocent na SP Ntakirutimana Eric wari umwungirije ku buyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge, i Mageragere. Ni nyuma y’amezi 10 yari ashize aba bombi baburana icyaha cy’ubujura, icyo kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa […]
Misiri: Umutoza yapfuye arimo kwishimira igitego

Umutoza mukuru wa El-Magd SC iri mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Misiri, Adham El-Selhedar yapfuye ubwo yishimiraga igitego. Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa 2 Ukuboza 2021 ubwo El-Magd yari imaze gutsina Al-Zarka igitego cy’intsinzi mu minota y’inyongera; kuko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi (0-0). Iki […]
Umuhungu wa Maréchal Déby yihaye irindi peti ry’igisirikare
Perezida w’akanama k’igisirikare kayoboye inzibacyuho ya Repubulika ya Tchad, Mahamat Déby Itno yihaye irindi peti, aba Général wuzuye avuye kuri Lieutenant-Général, ipeti yari yarahawe na se, Maréchal Idris Déby Itno. Byamenyekanye tariki ya 1 Ukuboza 2021 ubwo uyu musirikare yari ayoboye umuhango w’isabukuru y’imyaka 32 yari ishize Maréchal Déby afashe ubutegetsi bwa Tchad. Ubusanzwe yambaraga […]
Polisi yavuze ku binyabiziga bimara igihe kinini bipariste mu gihe Perezida Kagame ategerejwe
Umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanga, SSP Irere René yavuze ku binyabiziga bimara igihe kinini biparitse mu gihe Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame ategerejwe. Ubwo SSP Irere yari mu kiganiro cyerekeye umutekano wo mu muhanda kuri Radio Rwanda kuri uyu wa 3 Ukuboza 2021, umuturage yabajije ati: “Ese Nyakubahwa Perezida […]