Dr Kalinda François Xavier yatorewe kuba Perezida wa Sena y’u Rwanda

Senateri Umuhire yahariye ijwi rye Dr Kalinda

Dr Kalinda François Xavier wari uherutse kugirwa umusenateri na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, amaze gutorerwa umwanya wa Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, umutwe wa sena. Kandidatire ya Dr Kalinda wari umaze kurahirira umwanya w’umusenateri yatanzwe na mugenzi we, Senateri Nyirasafari EspĂ©rance, washingiye ku bunararibonye uyu munyapolitiki afite. Hari hanatanzwe kandidatire ya Senateri Umuhire […]

Vatican: Haba harimo gucurwa umugambi wo kweguza Papa Fransisiko

Abatsimbaraye ku matwara ya kiliziya bo muri Vatikani biravugwa ko baba barimo gutegura umugambi wo kotsa igitutu Papa Fransisko ku buryo ahatirwa kwegura . Igikorwa cyo kugerageza kwirukana Papa uzwiho kugira ibitekerezo bifunguye w’imyaka 86, ngo cyatangiye mu minsi mike nyuma y’urupfu rw’uwamubanjirije, Papa Emeritus Benedigito wa XVI wapfuye ku ya 31 Ukuboza. Ikinyamakuru The […]

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abanyeshuri biga ubuvuzi bataryama bihagije

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’intiti bwerekanye ko abanyeshuri biga iby’ubuvuzi mu Rwanda basinzira amasaha 5.5 nijoro ugereranije, kuko batanga umwanya munini kuri gahunda zabo zo kwiga . Ubushakashatsi bwatangajwe mu cyumweru gishize, bwakozwe n’itsinda rigizwe n’abaganga, abafarumasiye, n’aba psychologue, bagamije gusuzuma ireme ry’ibitotsi mu banyeshuri mu by’ubuvuzi biga muri kaminuza. Hakoreshejwe igikoresho cya psychometric gitanga igipimo […]

Kicukiro: 15 enfants blessés dans un accident de bus scolaire

9644.jpg

Au total, 15 enfants ont Ă©tĂ© blessĂ©s dans un accident de la route impliquant un autobus scolaire le lundi 9 janvier, a indiquĂ© le dĂ©partement de la police routiĂšre . Aucun dĂ©cĂšs n’a Ă©tĂ© enregistrĂ©, a dĂ©clarĂ© le porte-parole du SSP RenĂ© Irere Ă  la chaĂźne de tĂ©lĂ©vision nationale RBA. Les policiers Ă©taient sur les […]

Perezida Kagame mu bazahabwa ibihembo bya African Heritage Concert and Awards bizatangirwa i Kigali

fkfwv4fwyai_lsg.jpg

Ubu byose byamaze gutegurwa kugirango ku nshuro ya mbere hazabe igitaramo ndangamurage nyafurika kizatangirwamo n’ibihembo bise African Heritage Concert and Awards, kizabera i Kigali, cyateguwe mu rwego rwo guha icyubahiro abantu bakomeye bo muri Afurika . Uwahoze ari Perezida wa Tanzaniya, John Magufuli, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan, […]

Rutangarwamaboko avuga ko yajyana mu rukiko Turahirwa kubera gukoresha nabi Ikinyarwanda

Umupfumu akaba n’umushakashatsi w’ubuzima bushingiye ku muco, Rutangarwamaboko avuga ko yajyana mu rukiko umunyamideli Turahirwa Moses kubera gukoresha nabi ijambo ry’Ikinyarwanda ‘Kwanda’. Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye videwo igaragaza Turahirwa wahanze inzu y’imideli ya Moshons asambana na bagenzi be b’abagabo. Turahirwa yasabye imbabazi ku bwo kujya hanze kw’iyi videwo, asobanura ko yafashwe mu […]

RDC: Bakomeje kwemeza ko M23 itigeze iva muri Kibumba

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 8 Mutarama, abatangabuhamya bakomeje kwemeza ko M23 itarava muri Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo nubwo hoherejwe ingabo z’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) muri kariya gace ka Kivu y’Amajyaruguru . Izi nyeshyamba zivugwa cyane cyane hafi y’ibitaro bikuru by’icyitegererezo bikorera muri iki gice, cyane cyane ku kigo nderabuzima cya Kingarame, aho […]

Rebero: Bisi yari itwaye abanyeshuri yakoze impanuka

Iyi modoka yarenze umuhanda, igwa mu ishyamba

I Rebero mu mujyi wa Kigali habereye impanuka ikomeye ya bisi itwara abanyeshuri yo ku ishuri rya Path to Success ubwo imodoka yarengaga umuhanda, ijya kugwa mu ishyamba. Mu kiganiro kirambuye umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere RenĂ© yagiranye na RBA, yatangaje ko ku bw’amahirwe nta mwana wapfiriye muri iyo […]

Rushimusi ruharwa w’abantu ukomoka muri Mozambike yafatiwe muri Afurika y’Epfo

unnamed-17.jpg

Umugabo wo muri Mozambike uregwa kuba yarateguye ishimutwa ryinshi ry’abantu ashaka ingurane yatawe muri yombi na Interpol muri Afurika y’Epfo . Esmael Malude Ramos Nangy arakekwaho kuba yarateguye ishimutwa ryinjije miliyoni nyinshi z’amadolari y’ingurane mu myaka 20 ishize. Igipolisi cyo muri Afurika y’Epfo cyatangaje ko yatawe muri yombi mu mukwabu wakozwe ku nzu ituwe cyane […]

Ubu mba ndi Kisangani kuko nta ngabo zampagarika: Colonel Nzenze wa M23

Colonel Nzenze Imani uyobora abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 baherutse kurekura ikigo cya gisirikare cya Rumangabo muri teritwari ya Rutshuru, yatangaje ko nta musirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo wamuhagarika mu gihe yaba afite gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo. Ni igisubizo yahaye abanyamakuru ubwo bamwibutsaga ko Leta ya […]

Igitero ku Nteko Ishinga Amategeko ya Brazil n’isano n’ibyabereye kuri Capitol muri USA

2023-01-08t215749z_840897412_rc2lmy99ipfx_rtrmadp_3_brazil-politics-violence.jpg

Amagana y’abashyigikiye uwahoze ari perezida wa Brazil bateye inyubako z’ubuyobozi zirimo inyubako ikoreramo inteko ishinga amategeko, biba ngombwa ko Perezida Lula ahagurutsa ingabo . Nyuma y’amasaha y’akaduruvayo, abapolisi ba Brazil babashije kongera gufata inyubako ikoreramo inteko ishinga amategeko abashyigikiye Perezida ucyuye igihe Jai Bolsonaro bari bigabije. Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, Polisi yari ikiri […]

Manchester United muri gahunda izatuma nta mukinnyi uzongera guhembwa umushahara uremereye

Umutoza Ten Hag ntashaka ko hari undi mukinnyi wazajya ahembwa umushahara uremereye nk'uwahabwaga Cristiano Ronaldo

Manchester United yiteguye gushyira mu bikorwa itegeko yise ‘Ronaldo Rule’ rigiye gutuma nta mukinnyi n’umwe wayo uzongera gushyira umukono ku masezerano mashya ngo ajye ahembwa umushahara urenze ibihumbi 200 by’Amapawundi (ÂŁ200,000) ku cyumweru. Iyi ni gahunda yazanywe n’umutoza Eric ten Hag nyuma yo gusanga mu ikipe ye harimo umwuka mubi by’umwihariko mu bakinnyi bitewe n’ubusumbane […]

Uganda: Vincent Gasana uri mu bashinze Akanama k’Abavandimwe yashimuswe, aricwa

Umunyapolitiki Vincent Gasana Kimbugwe uri mu bashinze Akanama k’Abavandimwe bafite inkomoko mu Rwanda yashimuswe n’abantu bataramenyekana, baramukubita bimuviramo urupfu. Ikinyamakuru Chimpreports gisobanura ko ku wa 5 Mutarama 2023 saa kumi n’imwe, ubwo Gasana yari ku nyubako akodesha, hari umuntu atazi wavugaga Urunyankole wamuhamagaye, amubwira ko yamusanga mu mujyi kuri Sheraton Kampala Hotel. Ngo Gasana yabanje […]

Kiyovu Sports yabonye Perezida mushya

Nyuma y’igihe kitari gito mu muryango wa Kiyovu Sports havugwa ukutumvikana, wabonye Perezida mushya kuri uyu wa 8 Mutarama 2023, ari we Jean François RĂ©gis uzwi ku izina rya GĂ©nĂ©ral. Ndolimana yemejwe nyuma yo kwakira ku mugaragaro ubwegure bw’uwari Perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvenal wari umaze igihe kinini abyifuza. Perezida mushya wa Kiyovu Sports […]

Abapadiri bo mu Rwanda barakina imikino ya gicuti n’abo mu Burundi

Abapadiri bakorera muri diyosezi gatolika ya Ruhengeri mu Rwanda n’abo mu ya Muyinga mu Burundi barakina imikino ya gicuti y’umupira w’amaguru n’umukino w’amaboko wa Basketball kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Nk’uko urubuga Ikiriho rubivuga, umukino wa Basketball urabera mu cyumba cya Mess des Officiers mu ntara ya Muyinga saa tanu n’igice z’amanywa, umupira w’amaguru […]

Burera: Umukecuru w’imyaka 89 aravuga ko yambuwe umutungo n’umuhungu we

Kantamage n'abaturanyi be bemeza ko arengana

Umukecuru w’imyaka 89 wo mu kagari ka Ntaruka, umurenge wa Kinoni mu karere ka Burera witwa Kantamage Hana aratabaza, avuga ko yambuwe n’umuhungu we witwa Kabera Abel umutungo w’amasambu abiri. Arabivuga ashingiye ku cyemezo cyafashwe n’urukiko rwisumbuye rwa Musanze mu rubanza N°RCA 00020/2021/TGI/ MUS cyatesheje agaciro urubanza N°00082/2020/TB/GAH, rwaciwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gahunga kuwa 01/03/2021, […]

Umukinnyi ukomoka muri Argentine ya Messi akomeje kugaragaza ko yihebeye Cristiano Ronaldo

Garnacho yerekanye umwenda w'imbere uriho ikirango cya Cristiano Ronaldo

Umukinnyi ukomoka muri Argentina, Alejandro Garnacho akomoje kugaragaza ko ari umufana utihishira wa Cristiano Ronaldo, ibintu bidasanzwe ku bakinnyi bakomoka aho Lionel Messi afatwa nk’umwami. Si kenshi umukinnyi agaragaza ko yaba ashyigikiye Messi kandi akomoka muri Portugal cyangwa se ngo yerekane ibimenyetso by’uko afana Cristiano Ronaldo kandi akomoka muri Argentine. Garnacho w’imyaka 18 usanzwe ukinira […]

Visite du ministre turc des Affaires étrangÚres au Rwanda

Le ministre turc des Affaires Ă©trangĂšres, Mevlut Cavusoglu, est attendu au Rwanda le jeudi 12 janvier, dans le cadre d’une tournĂ©e de 5 pays africains qui commence le dimanche 8 janvier . Selon un communiquĂ© du ministĂšre turc des Affaires Ă©trangĂšres, la tournĂ©e de Çavu?o?lu dĂ©butera en Afrique du Sud, avant de se poursuivre au […]

Impanuka idasanzwe ya za bisi yahitanye byibuze abantu 40 abandi 87 barakomereka

Nibura abantu 40 bapfuye abandi 87 barakomereka nyuma y’uko bisi ebyiri zagonganye hafi y’Akarere ka Kaffrine muri Senegal rwagati . Iyi mpanuka idasanzwe kubera abantu bayiguyemo yabereye ku muhanda w’igihugu nimero 1 mu masaha ya saa cyenda na cumi n’itanu z’urukerera (03:15 GMT) kuri iki Cyumweru itariki 8 Mutarama 2023. Perezida Macky Sall yavuze ko […]

Visi Perezida wa Kenya ahangayikishijwe n’uko adasiba gusabiriza ibiryo byo gutunga abaturage

Visi Perezida Gachagua mu isengesho n'abo bakoranaga urugendo

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yagaragaje ko ahangayikishijwe n’uko kuva yajya kuri iyi nshingano adasiba gusabiriza ibiryo byo gutunga abatuye mu gihugu bugarijwe n’inzara, agasaba n’ibihugu by’abakoloni. Aya maganya yayagaragaje ubwo yasengeraga mu karere ka Mount Kenya kuri uyu wa 8 Mutarama 2023, atura Imana ibibazo byugarije igihugu muri rusange, by’umwihariko inzara yatewe n’amapfa. […]

Umugabo yashoye akayabo ku kibumbano gisa neza nk’umugore we wapfuye

screenshot-2023-01-02-at-94614-pm_63b304135e8b2.png

Tapas Sandilya, umukozi wa leta uri mu zabukuru w’imyaka 65, yashoye amafaranga akoreshwa mu Buhinde 250.000 (hafi $ 3.000) kugirango akorerwe ikibumbano gisa n’umugore we wapfuye . Umugore wa Sandilya Indrani yapfuye muri Gicurasi 2021 mu gihe mu Buhinde bri muri guma mu rugo ya kabiri kubera icyorezo cya COVID-19. Sandilya yari mu kato igihe […]

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya, Mevlut Cavusoglu, ategerejwe mu Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Turkiya, Mevlut Cavusoglu yiteguye gusura u Rwanda ku wa Kane utaha, itariki ya 12 Mutarama, mu rwego rwo kuzenguruka ibihugu 5 bya Afurika mu rugendo rutangira kuri iki Cyumweru, itariki ya 8 Mutarama . Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Turkiya, urugendo rwa Çavu?o?lu ruratangirira muri Afurika y’Epfo, mbere y’uko […]

Nyamasheke: Umusore w’imyaka 19 akurikiranyweho kwica se bapfa ingurube

Umurambo wa Mbanzendore Dani w’imyaka 50, washyinguwe ku gicamunsi cyo ku wa 7 Mutarama nyuma y’iminsi 5 yishwe n’imigeri n’amatafari abo mu muryango we bavuga ko yakubiswe n’umuhungu we Nsabimana DieudonnĂ© w’imyaka 19 n’umugore we Mukankiko ThĂ©rĂ©sie, bapfa ingurube, abakekwaho ubu bwicanyi bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Macuba. Amakuru umunyamakuru wa Bwiza.com yahawe kuri […]

Uganda: Abakada 3 ba NRM bafunzwe bashinjwa kwitwaza Perezida Museveni mu bwambuzi

Urukiko rw’ibanze muri Lira rwohereje abakada batatu ba NRM muri gereza ya leta ya Lira kubera ubujura bunyuranyije n’ingingo ya 254, 261 y’itegeko ryerekeye amategeko ahana, bakoze bitwaje umukuru w’igihugu, Yoweri Museveni . Ku wa Gatanu, Vicky Atim, Basil Odyek, na Nelson Ocen bitabye Jonathan William Wamimbi, umucamanza wo mu cyiciro cya mbere aho bashinjwaga […]

Bwa mbere kuva yashingwa, Al Shabaab yasabye kugirana ibiganiro na Guverinoma ya Somalia

Kuri uyu wa Gatandatu, Guverinoma ya Somalia yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab ukorana bya hafi na al-Qaeda wasabye gufungura ibiganiro na guverinoma ku nshuro ya mbere . Minisitiri w’ingabo wungirije wa Somalia, Abdifatah Qasim, yatangaje ko abaterabwoba ba al-Shabaab badafite amahirwe yo gushyikirana na guverinoma, usibye abenegihugu ba Somalia bagize uyu mutwe w’iterabwoba. Abdifatah […]

Depite Matofali ntiyumva ukuntu umusirikare w’u Rwanda yemererwa kugera mu kigo cya Rumangabo

Uyu mudepite ntiyumva ukuntu umusirikare w'u Rwanda yemerewe kugera mu kigo cya Rumangabo

Umudepite uhagarariye ishyaka Ensemble pour la RĂ©publique mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Promesse Matofali Yonama, ntiyumva ukuntu umusirikare w’u Rwanda yemererwa kugera mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo. Tariki ya 6 Mutarama 2023, abo mu nzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’umutwe w’ingabo wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF n’abo mu rwego rw’akarere […]

UPDF yarunze ingabo hafi ya RDC mu gihe M23 ikomeje gusatira umupaka wa Ishasha

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyohereje ingabo ku mupaka wa Uganda na Congo mu Karere ka Kanungu mu gihe inyeshyamba za M23 zikomeje gusatira umupaka wa Ishasha . Ku wa Kane ushize, Lt Col Robert Nahami, umuyobozi wa Brigade ya 307, nibwo yemeje iyoherezwa ry’izi ngabo, avuga ko rigamije gukingira, Abagande batuye mu bice byegereye uyu […]

Kenya: Umutinganyi yishe mugenzi we, amukekaho kumuca inyuma

Umutinganyi wamamaye muri Kenya witwa Edwin Chiloba yishwe na mugenzi we witwa Jackton Odhiambo wamukekagaho gukundana n’undi musore. Tariki ya 3 Mutarama 2023, abamotari basanze Chiloba yishwe, ibice by’umubiri we bibitse mu gasanduku k’icyuma kari kajugunywe mu gace ka Uasin Gishu, hafi y’aho yakoreraga ubucuruzi bw’imyambaro. Umuvugizi wa Polisi ya Kenya, Resila Onyango, yamenyesheje ibiro […]

Umuburo ku bagabo bakoresha imiti ivugwaho kongera igitsina cyabo

Abagabo bakoresha imiti ikomoka ku bimera ivugwaho kongera ingano y’igitsina cyabo ituruka muri Tanzania ya ‘Dawa ya Kupanua Uume’ na ‘Delay Spray for Men’ baramenyeshwa ko ishobora kubagiraho ingaruka mbi. Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, kivuga ko iyi miti hamwe n’uwitwa Ngetwa 3 ukoreshwa mu kuvura indwara nyinshi itemerewe gucuruzwa no […]

Burundi: Minisiteri y’ubutabera yasobanuye iby’urubanza rwa Irangabiye wari warahungiye mu Rwanda

Minisiteri y’ubutabera mu Burundi yasobanuye iby’urubanza umunyamakuru Floriane Irangabiye wari warahungiye mu Rwanda yakatiwemo igifungo cy’imyaka 10, akanacibwa ihazabu y’amafaranga y’Amarundi miliyoni 1. Tariki ya 3 Mutarama 2023 ni bwo urukiko rwisumbuye rwa Mukaza rwakatiye Irangabiye ibi bihano, rumaze kumuhamya icyaha cyo kubangamira umutekano w’imbere mu gihugu. Itabwa muri yombi rya Irangabiye ryabereye ku kibuga […]

USA: Kera kabaye inteko ishinga amategeko yabonye umuyobozi mu cyiciro cya 15 cy’amatora

Umurepubulikani Kevin McCarthy niwe watsindiye kuyobora inteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika,, umutwe w’Abadepite mu cyiciro cya 15 cy’amatora ku majwi 216 kuri 212 ygizwe n’umuyobozi w’abademokarate mu nteko, Hakeem Jeffries . Urubuga rwa interineti al-Hurra rwo muri Amerika rwavuze ko “intsinzi ya McCarthy, perezida mushya w’umutwe w’abadepite, yaje nyuma y’uko bamwe […]

Colonel Nzenze aremeza ko hari abacancuro ba Wagner M23 yishe

Colonel Nzenze Imani John uri mu bayobozi bakuru b’umutwe witwaje intwaro wa M23 yemeje ko hari abacancuro b’umutwe w’igisirikare wigenga wa Wagner abarwanyi ayoboye baherutse kwicira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Uyu musirikare yabimenyesheje abanyamakuru kuri uyu wa 6 Mutarama 2023 ubwo we n’abarwanyi ayoboye bashyikirizaga ku mugaragaro ingabo za Kenya ziri […]

Perezida wa Mali yababariye abasirikare basaga 40 ba Cote d’Ivoire bari barakatiwe n’ubutabera bw’igihugu

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Colonel Assimi GoĂŻta, yafashe umwanzuro wo kubabarira no gukuraho burundu ibihano byari byahawe abasirikare 49 bo muri Cote d’Ivoire bakatiwe n’urukiko rw’ubujurire rwa Bamako igifungo cy’imyaka 20 ku basirikare 46 ndetse n’igihano cy’urupfu ku bandi basirikare 3 b’abakobwa . Abinyujije mu iteka rya perezida […]

Musanze: Umugabo yapfiriye muri ‘gym’ ari gukora imyitozo

Uwitwa Ndamiyabo Ferdinard wari ufite imyaka 41 y’amavuko yapfiriye mu nzu y’imyitozo ngororamubiri iherereye mu mujyi wa Musanze ubwo yakoreraga umwitozo wo kwiruka ku mashini yabigenewe izwi nka Lepow. KT Press dukesha aya makuru ivuga ko iyi mpanuka yabereye muri Uptown Gym ku mugoroba wa tariki ya 5 Mutarama 2023. SP Ndayisenga Alex ushinzwe guhuza […]

Perezida Ruto yategetse ba Minisitiri kwishyurira icumbi n’amafunguro ababaherekeje mu mwiherero

Uyu mwiherero wari uwa ba CS na PS ariko ngo witabiriwe n'abandi bayobozi n'abakozi

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yategetse abanyamabanga muri guverinoma (ba Minisitiri) kwishyura icumbi n’amafunguro abayobozi n’abakozi babaherekeje mu mwiherero bari gukoresha. Iri bwiriza bitazwi niba yari arikomeje, yaritangiye muri uyu mwiherero w’abanyamabanga ba guverinoma bazwi nka CS (Cabinet Secretary) na PS (Principal Secretary) uri kubera muri hoteli ya Fairmont Mt Kenya Safari Club mu […]

Abanyamakuru 6 bafunzwe bazira amashusho ya Perezida Salva Kiir ubwo yinyariraga

Inzego zishinzwe umutekano muri Sudani y’Epfo zifunze abanyamakuru batandatu baba baragize uruhare mu gusakaza amashusho ya Perezida Salva Kiir ubwo yinyariraga mu ruhame. Tariki ya 13 Ukuboza 2022, Perezida Kiir yayoboye umuhango wo gufungura ku mugaragaro umuhanda wa Juba-Terekeka. Ubwo yari ahagaze yemye, aririmba indirimbo yubahiriza igihugu, ni bwo yaje kwinyarira, bikavugwa ko ari byatewe […]

Amerika yasabye u Rwanda kuvana muri RDC Ingabo ivuga ko rufiteyo

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje u Rwanda kugira Ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zirusaba kuzivanayo. Ni ibikubiye mu itangazo riheruka gusohorwa na Ned Price usanzwe ari Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika. Ned Price yasohoye iri tangazo muri iki cyumweru, nyuma ya raporo y’impuguke za Loni yo ku wa […]

U Rwanda rwitabiriye inama y’umutekano iri kubera i Goma

Iyi nama yitabiriwe n'abiganjemo abasirikare

U Rwanda rwitabiriye inama y’umutekano y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) iri kubera mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Iyi nama yatangiye kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022, ifungurwa na Guverineri wungirije w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Komiseri wa Polisi Romy Ekuka Lipopo. Iri kuganirirwamo ingingo ijyanye n’ingengo y’imari y’ingabo zo mu […]

M23 yavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, gisigaramo Abanyakenya

Ingabo za Kenya zaherukaga gusura iki kigo mbere yo kugishyikirizwa

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 kuri uyu wa 6 Mutarama bavuye mu kigo cy’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cya Rumangabo, bagishyikiriza ingabo za Kenya ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba. Abarwanyi bavuye muri iki kigo bari bayobowe na Colonel Nzenze Imani uri mu basirikare bo ku rwego rwo hejuru muri […]

Nyaruguru: Umugabo yiyahuye nyuma yo kwica umugore we amutemye ijosi n’imyanya y’ibanga

Umugabo w’imyaka 40 witwaga Mwendangabo Alphonse, wari utuye mu mudugudu wa Sekera, akagari ka Uwacyiza, umurenge wa Muganza, akarere ka Nyaruguru, yiyahuye yishyize ku kagozi nyuma yo kwica umugore we witwaga Mukamurenzi, amutemye ijosi no ku gitsina. Uyu mugabo yatemye kandi n’umwana we w’imyaka 5 ariko uyu mwana ku bw’amahirwe ntiyapfa. Nk’uko abaturanyi babivuga, aya […]

Turukiya yahaye igisirikare cya RDC intwaro ‘nyinshi’ zigezweho

Iyi modoka yikoreraga intwaro iyi ndege yazanye

Igisirikare cya Turukiya cyahaye icya Repubulika ya Demukarasi ya Congo ibikoresho byinshi ‘bigezweho cyane’ birimo intwaro zitezweho kwifashishwa mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo M23 yashinze ibirindiro muri teritwari ya Rutshuru. Indege y’ubwikorezi y’igisirikare cya Turukiya kirwanira mu kirere yagejeje ibi bikoresho ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma mu masaha y’ikigoroba cy’uyu wa 6 Mutarama […]

Rusizi: Rumwe mu rubyiruko ‘rutinya’ inda kuruta SIDA

Abayobozi batandukanye bakangurira urubyiruko kwirinda ibiganisha byose ku kwandura agakoko gatera SIDA

Nubwo SIDA ari icyorezo cyugarije Isi yose, rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Rusizi ruvuga ko ruterwa impungenge na rugenzi rwarwo ruyifata nk’indwara isanzwe, ko ngo n’uyanduye imiti ayibonera ubuntu, ngo icyo rutinya mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ari inda, rukavuga ko iyi myumvire idahagurukiwe yateza akaga. Urubyiruko rwaganiriye na Bwiza.com ku myumvire yarwo ku […]

Turakuzi uri umuhungu wa Museveni ariko ntituzatuma udusuzugura – Gen. (Rtd) Otafiire

Minisitiri Kahinda Otafiire ushinzwe ibibazo by’imbere muri Uganda warwanye intambara yo kubohoza igihuu yarangiye mu 1986, yabwiye umuhungu wa Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba ko batazatuma abasuzugura . “Turakuzi uri umuhungu wa Museveni ariko ntituzakwemerera kudusuzugura,” uyu ni Maj. Gen. (Rtd) Otafiire mu kiganiro yagiranye na CBS kuri uyu wa Kane ushize. Yakomeje agira ati “ […]

Leta iremeza ko nta muti wa SIDA wageze mu Rwanda

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibiribwa n’imiti, Rwanda FDA, kiremeza ko nta muti uvura icyorezo cya SIDA wageze mu gihugu. Ni nyuma y’aho ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru guhera kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 avuga ko FDA yemeje ko umuti witwa Sunlenca na Placebo “yageze mu Rwanda kandi ngo ivura SIDA.” Rwanda FDA mu […]

Pte Waalibwa wa UPDF wishe arashe Nizeyimana yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda kuri uyu wa Kane rwari ruteraniye ahitwa Rukundo mu Karere ka Kisoro, rwakatiye igifungo cya burundu umusirikare Pte Hamis Walibwa wari ukurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi . Urukiko ruyobowe na Col. Rogers Kitwala, rwakatiye iki gihano Pte Walibwa nyuma yo guhamwa n’ibyaha bibiri by’ubwicanyi no kugerageza kwica. Walibwa, wakoreraga muri Batayo ya […]

Andrew Mwenda yakozwe ku mutima n’uburyo P. Kagame aha umwanya umuryango we

Umunyamakuru Andrew Mwenda yifashishije amashusho ya Perezida Paul Kagame akina n’umwuzukuru we, avuga ko n’abandi bakomeye bakabaye bafatira urugero ku buryo aha umwanya umuryango we. Muri aya mashusho y’amasegonda 25 Umukuru w’Igihugu agaragara akinisha umwuzukuru we muto wari ucigatiwe na Madamu Jeannette Kagame. Ni amashusho bigaragara ko aba bombi bari iwabo mu rugo ahari na […]

Muhanga: Hafatiwe amasashe ibihumbi 190 atemewe gukoreshwa mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Muhanga, ku wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama, yafashe abantu babiri ari bo; Nsabimana Justin ufite imyaka 36 y’amavuko na Niyonsaba Jackson w’imyaka 33, bari bafite amasashe atemewe gukoreshwa mu Rwanda ibihumbi 160 nyuma y’iminsi micye hafashwe undi witwa Habanabakize Thomas w’imyaka 35 na […]

Uganda: Impanuka ikomeye ya bisi itwara abagenzi yahitanye 16 abandi barakomereka

Nibura abantu 16 bapfuye abandi 21 barakomereka nyuma y’uko bisi igonze rukururana yari iparitse muri centre y’ubucuruzi ya Adebe hafi y’umuhanda Kampala-Gulu mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu . “Biravugwa ko bus ifite pulake UAT 259P y’isosiyete itwara abagenzi ya Roblyn yavaga i Kampala yerekeza i Gulu yinjiye muri rukururana yari iparitse ahagana mu […]

Basanga kuba Prince Harry yemeye ko yishe Abatalibani 25 bishobora kumushyira mu kaga

Kuri uyu wa Kane, uwahoze mu gisirikare cy’u Bwongereza, Colonel Richard Kemp, yatangaje ko icyemezo cya Duke of Sussex cyo gusohora amakuru arambuye mu gitabo ku mibereho ye yise ‘Spare’ ari ‘uguhemukira abantu yarwananye na bo ‘. Kemp yatangarije ikinyamakuru The Sun ko aya magambo yashyize igipimo kinini ku mugongo w’igikomangoma na cyane ko ingoro […]

Le Rwanda obtient 37 millions d’euros pour numĂ©riser les services publics et stimuler l’industrie des drones

Le gouvernement rwandais a obtenu jeudi 5 janvier un prĂȘt de 37 millions d’euros (environ 41 milliards de frw) de l’Agence française de dĂ©veloppement (AFD) pour transformer davantage de services publics en numĂ©rique et dĂ©velopper l’industrie des drones du pays . L’accord connexe est Ă©galement complĂ©tĂ© par une subvention de 1,2 million d’euros pour mobiliser […]

M23 yaraye idatanze ikigo cya gisirikare cya Rumangabo nk’uko yari yabyemeye

Inyeshyamba z’umutwe wa M23 Werurwe, kuri uyu wa Kane itariki 5 Mutarama 2023 ntizashyikirije, nk’uko byari byatangajwe, inkambi ya gisirikare ya Rumangabo, muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru, abasirikare ba Kenya bo mu ngabo z’akarere ka Afurika y’iburasirazuba . Imihango yo guhererekanya iyi nkambi y’ingabo z’ingenzi yimuriwe kuri uyu wa Gatanu itariki ya […]

Tchad: Haburijwemo umugambi wa gisirikare wo guhungabanya igihugu

Inzego z’umutekano za Tchad zaburijemo umugambi w’itsinda ry’abasirikare bakuru wo guhungabanya umutekano w’igihugu n’itegeko nshinga, nk’uko guverinoma yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize . Itangazo ryasohowe rigira riti: “Iyi gahunda yateguwe n’itsinda ribujijwe ry’abagambanyi rigizwe n’abasirikare 11.” Rikomeza rivuga ko uyoboyeiri tsinda ari uwitwa Baradine Berdei Targuio, Perezida w’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Tchad. […]

Turahirwa ntakiri kuri Twitter nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana n’abo bahuje igitsina

Konti y’urubuga rwa Twitter y’umunyamideli Moses Turahirwa wanditse izina mu Rwanda ntikiriho nyuma yo kwemera ko ari we wagaragaye asambana na babiri bahuje igitsina, akanabisabira imbabazi. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwira amashusho y’amasegonda 59 agaragaza uyu musore asambana n’abagabo babiri, ndetse yakomeje gushyirwaho igitutu, bamwe mu bakoresha izi mbuga bamushinja gusebya umuco w’igihugu cyamubyaye. […]

Justin Bitakwira yemeza ko ibihano yafatiwe na EU nta ngaruka ‘na nke’ bizamugiraho

Justin Bitakwira wigeze guhagararira ishyaka UNC mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba na Minisitiri wari ushinzwe iterambere ry’icyaro, ahamya ko ibihano aherutse gufatirwa na komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi nta ngaruka na nke bizamugiraho. Mu ntangiriro z’Ukuboza 2022 ni bwo komisiyo ya EU yafatiye ibihano Bitakwira hamwe n’abandi bantu 7, […]

USA irashinja abacancuro ba Wagner kugenzura umutungo kamere mu gace ko muri Ukraine

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zirashinja abacancuro b’umutwe w’igisirikare cyigenga wa Wagner Group kugenzura umunyu n’ikindi kinyabutabire cya ‘Gypsum’ biri mu gace ka Bakhmut muri Ukraine. Umwe mu bakorera mu biro bya Perezida wa USA yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bitashatse kuvuga amazina ye ko uyu mutwe washinzwe n’inshuti ya Perezida w’u Burusiya, Yevgeny […]

Gupima Covid-19 abinjira mu Burundi byakuweho

Minisiteri ishinzwe ubuzima bw’abantu no kurwanya SIDA yo mu Burundi yakuyeho igikorwa yari yarashyiriyeho abinjira muri iki gihugu cyo kubanza kubapima icyorezo cya Covid-19. Itangazo Minisitiri Nzeyimana Sylvie yashyize hanze kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 rivuga ko iri bwiriza ryakuriweho bose; baba, abinjira mu gihugu banyuze ku butaka abanyura ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe […]

Umugaba Mukuru wungirije wa FARDC yagiye muri Minembwe

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa, Gen. Maj. Chico Tshitambwe yagiye mu gace ka Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ikinyamakuru ActualitĂ© gisobanura ko Gen. Chico yageze muri Minembwe kuri uyu wa 4 Mutarama 2023, akaba yagiye gutangiza ibikorwa bihuriweho by’ingabo za RDC zifatanyije n’iz’u Burundi zibarizwa mu mutwe […]

Héritier Luvumbu commence les entraßnements avec Rayon Sports

Hier aprĂšs-midi sur la pelouse d’entraĂźnement de Nzove, les joueurs de Rayon Sports ont repris l’entraĂźnement aprĂšs une courte pause festive avant le match retour de la ligue nationale 2022-2023 prĂ©vu le 20 novembre . L’entraĂźneur en chef de Rayon Sports, Haringingo Christian Francis, a accueilli 17 joueurs, dont leur nouvel attaquant international congolais, HĂ©ritier […]