Nyamasheke: Umurambo w’umugabo w’imyaka 54 wasanzwe mu gihuru

Mu masaa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa 12 Mutarama, abaturage 2 bo mu kagari ka Rushyarara mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, bari bazindukiye guhinga mu mirima y’uruganda rw’icyayi basanze umurambo wa Kampayana FidĂšle w’imyaka 54 mu gihuru cy’amahwa y’imikeri mu ishyamba, mu kagari ka Kabuga. Amakuru Bwiza.com yahawe n’Umunyamabanga […]

RIB yaba iri mu iperereza ku mashusho y’urukozasoni ya Moses Turahirwa

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwaba ruri mu iperereza ku mashusho y’urukozasoni agaragaza Moses Turahirwa asambana n’abandi bagabo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu minsi yashize. Aya mashusho yateje impaka yagaragaje Turahirwa asambana n’abagabo babiri, kandi na we yaje kwemera ko ari we uyagaragaramo, tariki ya 5 Mutarama 2023 asobanura ko yafashwe mu rwego rwo gutegura filimi […]

Macron ntateganya gusaba imbabazi Algeria kubw’ibyo u Bufaransa bwayikoreye mu gihe cy’ubukoloni

Perezida Emmanuel Macron avuga ko “atazasaba imbabazi” Algeria kubera ubukoloni bw’Abafaransa, ariko ko yizeye ko azakomeza guharanira ubwiyunge we na mugenzi we, Abdelmajid Tebboune . Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Le Point, cyasohotse kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Mutarama yagize ati: “Ntabwo ari njye wemeza gusaba imbabazi, ntabwo ibi ari cyo bigamije, iryo jambo […]

Ikipe yo muri shampiyona Cristiano Ronaldo akinamo irifuza Lionel Messi

Kizigenza Lionel Messi uherutse kwegukana igikombe cy’isi yari amaze imyaka irenga cumi n’umunani (18) ahatanira, arifuzwa n’ikipe yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Saudi Arabia yitwa Al Hilal ku buryo bikunze yasanga muri iki gihugu Cristiano Ronaldo. Ikinyamakuru cyandikira muri Espagne, Mundo Deportivo, cyatangaje ko Al Hilal yashyize ku meza imishandiko y’amadolari ya Amerika […]

Igisirikare cya Ukraine cyishongoye kuri ba ‘Generals’ b’Abarusiya

Igisirikare cya Ukraine cyishongoye ku basirikare b’Abarusiya ku rwego rwa General boherezwa gushoza intambara cyangwa kuyobora ibikorwa bidasanzwe bya gisirikare muri iki gihugu kuva muri Gashyantare 2022. Ni nyuma y’aho Perezida w’u Burusiya akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Vladimir Putin, kuri uyu wa 11 Mutarama 2023 akuye Gen. Sergei Surovikin ku nshingano yo kuyobora ibi bikorwa muri […]

RDC: Ingabo za EAC zahawe igihe ntarengwa cyo kugaba ibitero kuri M23 bitaba ibyo zigataha

fmqdvwhxeaace2o.jpg

Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zirangajwe imbere n’Ingabo za Kenya zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zahawe iminsi itandatu yo kuba zatangiye kugaba ibitero ku nyeshyamba za M23 bitaba ibyo hagatangira imyigaragambyo yo kuzisaba gutaha . Ibi byatangajwe n’imiryango ya sosiyete sivile kuri uyu wa Gatanu itariki 12 Mutarama 2023, aho uyu muryango wahaye […]

Colonel Habarugira ntiyumva ukuntu abana bari munsi y’imyaka 10 bashikuza abantu telefoni muri Rusizi

Abayobozi mu muganda wo gutera imikindo no kuganira na bo ku bindi bikorwa bibazamura

Umuyobozi wa Batayo ya 73 y’ingabo zikorera mu karere ka Rusizi, Lieutenant Colonel Fred Habarugira, avuga ko bitumvikana kuba mu bajura bashikuza abaturage amatelefoni mu mirenge myinshi y’aka karere hagaragaramo n’abana b’imyaka 8 kuzamura, bagombye kuba bari mu ishuri, bataha bakaba hamwe n’ababyeyi, agasanga ahanini bituruka ku babyeyi bataye inshingano zo kurera. Mu butumwa yahaye […]

Être reconnu coupable de remboursement d’impĂŽt frauduleux pourrait ĂȘtre passible d’une peine d’emprisonnement

Un contribuable reconnu coupable de remboursement d’impĂŽt frauduleux pourrait ĂȘtre passible d’une peine d’emprisonnement de deux Ă  cinq ans et d’une amende Ă©quivalente Ă  100 % du montant indĂ»ment rĂ©clamĂ©, a proposĂ© un nouveau projet de loi . La disposition introduite pour sanctionner les contribuables qui sollicitent illĂ©galement tout remboursement d’impĂŽt, vise Ă  Ă©viter les […]

Muhanga: Umugabo yiyiciye by’impanuka umugore bari bamaze amezi 5 bashakanye

Iriya modoka yagonze igikuta, gikomeretsa Ishimwe Alice

Ishimwe Alice uherutse gukora ubukwe n’umugabo we Niyigena Patrick ku wa 24 Nyakanga 2022 yaraye ahitanywe n’impanuka ubwo bari bavuye mu bucuruzi mu mujyi wa Muhanga. Iyi mpanuka yabaye saa mbili n’iminota 4 z’ijoro, mu Mudugudu wa Musengo, Akagari ka Kivumu Umurenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, ubwo Ishimwe yari atahanye n’umugabo we mu […]

Emiliano Martinez yaciririye imbwa yo kurinda ibihembo yakuye mu Gikombe cy’Isi

Umuzamu w’ikipe y’igihugu ya Argentina, Emiliano Martinez, yaciriye imbwa yatojwe n’abasirikare kabuhariwe kugira ngo ijye irinda ibihembo yegukaniye mu gikombe cy’Isi cyabereye muri Qatar mu mpera z’umwaka ushize. Martinez ufite imyaka 30 y’amavuko, kuri ubu akinira ikipe ya Aston Villa yo mu Bwongereza. Ubwo yavaga kwishimira igikombe cy’Isi Argentina, yazanye umudari ndetse n’igihembo cya ‘Golden […]

RDC: Ufite ikibazo cyo mu mutwe yambuye imbunda umusirikare wasinze arayimurasisha

img-20230111-wa0034-225x300.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Mutarama 2023, ahitwa Tshikapa, umurwa mukuru w’Intara ya Kasai muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umugabo ufite ikibazo cyo mu mutwe yagize atya abona umusirikare wa FARDC wasinze amwambura imbunda arangije aramurasa . Uwabibonye n’amaso wavuganye na Radio na Televiziyo bya Congo, RTNC, yavuze ko ibi byabereye muri Komini […]

Abakinnyi mpuzamahanga babaye mu gisirikare

canton_1_.jpg

Gukorera igihugu cyawe nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga kandi ukaba n’umusirikare, ni ibintu bibiri bitandukanye cyane kandi bishobora no kugorana kubera ko buri kimwe gisaba umwanya uhagije wo kugikora, gusa hari abakinnyi b’umupira w’amaguru bashoboye gukora byombi. Amateka avuga ko umupira watangiye ukinwa n’abasirikare ku rugamba ubwo babaga bari kuruhuka, bivugwa ko kandi bakundaga gukina […]

Vatican: Hasohotse igitabo kivuga ku mwuka mubi wari hagati ya Papa Fransisiko na Benedigito XVI

20210729t0830-ganswein-kna-interview-1505544.jpg

Icyumweru kimwe gusa nyuma y’ishyingurwa rya Benedigito wa XVI, uwari umufasha we wa hafi yasohoye igitabo cyari gitegerejwe cyane kuri uyu wa Kane, agaragaza ibisobanuro birambuye ku makimbirane yari hagati ya nyakwigendera n’uwamusimbuye Papa Fransisiko . Igitabo cya Georg Gaenswein kigaragaza ibiganiro byihariye n’abapapa bombi mu kwerekana uko uwahoze ari Papa w’Umudage yazamutse ku buyobozi […]

Cabo Delgado: Hatangiye iperereza ku basirikare bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura

Perezida Geingob yatangaje ko iperereza nirirangira, hazafatwa icyemezo gishingiye ku itegeko mpuzamahanga

Umuyobozi Mukuru w’umuryango w’akarere ka Afurika y’Amajyepfo (SADC) akaba na Perezida wa Namibia, Hage Geingob, yatangaje ko hatangiye iperereza ku basirikare bivugwa ko bari mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bagaragaye bajugunya imirambo mu itanura ry’umuriro. Mu minsi mike ishize, ku mbuga nkoranyambaga hasakaye videwo y’amasegonda 20 igaragaza abasirikare barimo ugaragara neza wambaye imyambaro […]

Kigali-Rubavu: Abize muri UTB bahangayikishijwe no kudahabwa impamyabumenyi

Itangazo rimenyesha ko graduation yimuriwe tariki ya 27 Mutarama

Abanyeshuri bize bakarangiza amasomo mu ishuri rikuru rya UTB (University of Tourism, Technology and Business Studies) barasaba inzego zibishinzwe ko bakemurirwa ikibazo cyabo, bagahabwa impamyabumenyi kuko ngo kutazihabwa biragenda bibatesha amahirwe menshi. Ni abanyeshuri barangije mu mwaka w’amashuri w’2021-2022. Itangazo ryari ryasohotse Bwiza ifitiye kopi, ryavugaga ko bazasobanura ibitabo (DĂ©fense) ku wa 20 Nzeri 2022 […]

Umusoreshwa uzajya usaba gusubizwa imisoro mu buriganya ashobora kuzajya ahanishwa igifungo

Umusoreshwa wahamwe n’icyaha cyo gusubizwa imisoro mu buriganya ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka ibiri n’imyaka itanu, kandi n’ihazabu ingana n’100 ku ijana y’amafaranga yasabye gusbizwa mu buryo budakwiye, nk’uko biteganywa mu mushinga w’itegeko rishya . Guverinoma yavuze mu ngingo isobanura uyu mushinga mushya w’itegeko rihindura itegeko ryo mu mwaka wa 2019 ryerekeye imisoro, ko […]

RIB yasobanuye impamvu yoherereza ubushinjacyaha na dosiye zirimo ubusa

Abayobozi batandukanye biganjemo abo mu nzego z'ubutabera ubwo hatangizwaga izi politiki

Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), Colonel (Rtd) Jeannot Ruhunga, yasobanuye impamvu boherereza ubushinjacyaha dosiye zose zirimo n’izirimo ubusa zakabaye zishyingurwa. Ku wa 10 Mutarama 2023 ubwo Minisiteri y’ubutabera yatangizaga ku mugaragaro politiki y’uburyo bwo gukemura amakimbirane n’iy’ubutabera mpanabyaha yitezweho kugabanya ubucucike mu magereza, Col. Ruhunga yasobanuye ko RIB igengwa n’amategeko atayemerera gushyingura dosiye. Col. […]

Itsinda ryunganira Perezida Biden ryavumbuye izindi nyandiko z’ibanga za leta ahandi hantu

230110135340-20230110-biden-trump-documents-found-2.jpg

Itsinda ry’abanyamategeko bunganira Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, babonye icyiciro cya kabiri cy’inyandiko z’ibanga za Guverinoma ahandi hantu ha kabiri nyuma y’izavumbuwe ahahoze ibiro bye nyuma yo kuva ku mwanya wa visi perezida, ibifatwa nk’igisebo kuri White House kuri ubu . Icyiciro cya mbere cy’inyandiko nk’izi cyabonetse ahahoze ibiro bye bwite […]

Umuriro watse hagati y’umunyamakuru Sheilah Gashumba n’umubyeyi we, Frank Gashumba

Umwuka mubi watutumbye mu buryo bugaragarira rubanda hagati y’umunyamakuru wamamaye mu myidagaduro yo muri Uganda akaba n’umushyushyarugamba (MC), Sheilah Gashumba n’umubyeyi we usanzwe ari umunyapolitiki n’umushoramari, Frank Gashumba. Frank yoherereje uwitwa Diana [inshuti ya Sheilah] ijwi ry’akababaro, aho amubwira ko umukobwa we atakimwubaha kandi asigaye yiyandarika, akanakoresha amafaranga yinjiza mu buryo bwo gusesagura. Muri iri […]

Perezida Putin yakuyeho uwari ukuriye ingabo z’u Burusiya muri Ukraine nyuma y’amezi 3 ashyizweho

Perezida Vladimir Putin yakuyeho umuyobozi mukuru w’ingabo z’u Burusiya muri Ukraine, nyuma y’amezi atatu gusa ashyizweho . Umuyobozi mukuru w’ingabo, Valery Gerasimov, ubu azayobora icyo Perezida Putin avuga ko ari “igikorwa kidasanzwe cya gisirikare”. Gen Gerasimov asimbuye Serge Surovikin wagenzuraga ibitero simusiga byibasiye ibikorwa remezo by’ingufu bya Ukraine. Iri vugurura rije mu gihe Abarusiya bavuga […]

Goma: Umugaba Mukuru wa FARDC yasuye ingabo za EAC

Lt Gen. Tshiwewe ubwo yageraga ku biro by'ingabo za EAC yakiriwe mu cyubahiro gikwiye Umugaba Mukuru

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, Lt Gen. Tshiwewe Christian yasuye ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ku biro byazo biherereye mu mujyi wa Goma. Lt Gen. Tshiwewe yakiriwe na Komanda w’ingabo za EAC ziri mu butumwa bw’amahoro muri RDC, Lt Gen. Jeff Nyagah wamugejejeho raporo y’ibikorwa izi ngabo zimaze gukora kuva […]

Ambasaderi Burcu Çevik wari uhagarariye Turkiya i Kigali yasezeye

fmmoabtwqaatdiw.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 11 Mutarama 2023, Ambasaderi Burcu Çevik, wari uhagarariye igihugu cya Turkiya mu Rwanda yasezeye ku Munyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, Prof. Nshuti Manasseh . Ambasaderi Burcu Çevik wavutse mu 1974 yari ahagarariye igihugu cye mu Rwanda kuva ku itariki ya 15 Mutarama 2019. Umwuga we muri Minisiteri y’ububanyi […]

Amafoto: U Burundi bwashyikirije u Rwanda inka yari yaribwe buyicishije mu Kanyaru

Ni uku iyi nka yambukijwe uruzi rw'Akanyaru

Leta y’u Burundi yashyikirije iy’u Rwanda inka yari yaribwe uwitwa Nsanzimfura Tharcisse utuye mu mudugudu wa Hemba, akagari ka Nyabitare, umurenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, buyicishije mu ruzi rw’Akanyaru. Ihererekanya ry’iyi nka ryakozwe n’abayobozi bari bahagarariye ibi bihugu kuri uyu wa 11 Mutarama 2023, ku ruzi rw’Akanyaru rubitandukanya, ahererera mu murenge wa Gishubi. […]

Paris: Umuntu witwaje icyuma yakomerekeje abantu batandatu muri Gare du Nord

Kuri uyu wa Gatatu, abantu batandatu bakomerekejwe umwe muri bo bikomeye, nyuma yo guterwa icyuma muri gare mpuzamahanga ya Paris izwi nka Gare du Nord kuri uyu wa Gatatu . Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Gerald Darmanin, yatangaje ko uyu mugabo yahagaritswe n’abapolisi babiri bari bavuye ku kazi basubiye mu rugo nk’uko iyi nkuru dukesha […]

Djibuti yasinye amasezerano ya miliyari $ yo kuhubaka ahazajya hohererezwa ibyogajuru

Djibouti yasinyanye amasezerano ya miliyari imwe y’amadorali n’ikigo cy’ikoranabuhanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’isanzure cyo muri Hong Kong kizwi nka Hong Kong Aerospace Technology Group, yo gushinga ikigo kizajya cyohererezwamo ibyogajuru muri iki gihugu . Perezida wa Djibouti, Ismail Omar Guelleh, mu itangazo rye kuwa Mbere ushize yagize ati: “Uyu mushinga “urimo kandi kubaka icyambu n’umuhanda […]

Ituri: Abasirikare barenga 700 bo mu mutwe kabuhariwe wa ‘Tigre’ barangije amahugurwa

Abasirikare bo muri MONUSCO bari mu babatozaga

Abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo barenga 700 babarizwa mu mutwe kabuhariwe wa Tigre basoje amahugurwa y’ibikorwa byihariye by’igisirikare bari bamaze amezi 9 bakorera mu kigo cya Lukusa kiri muri Kisangani. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa ku mugaragaro wabereye kigo cya Rwampara kiri muri teritwari ya Bunia kuri uyu wa 10 Mutarama 2023, witabirwa […]

Uko byagenze ngo Cristiano Ronaldo asigarane imipira ya zahabu ine mu bubiko bwe

Rutahizamu kimenyanyabose w’Umunyaportugal, Cristiano Ronaldo ubu asigaranye mu bubiko imipira ya zahabu izwi nka ‘Ballon d’Ors’ ine (4) gusa muri itanu yatwaye. Cristiano Ronaldo, ubu uri kubarizwa muri Arabia Saudite mu ikipe ye nshya ya Al Nassr, mu mwaka w’2017 yagurishije Ballon d’Or imwe muri eshanu yatwaye. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru, Marca, ngo hari i London […]

Igabanywa ry’ubucucike muri gereza ryitezweho kuzigamira leta miliyari hafi 15 buri mwaka – MINIJUST

fmgvxlewiaalm38.jpg

Minisiteri y’Ubutabera iratangaza ko ingufu nshya zigamije guca burundu ubucucike muri gereza zo mu gihugu zitezweho kuzigamira guverinoma hejuru ya miliyari 14,6 z’amafaranga y’u Rwanda buri mwaka . Kugeza ubu, u Rwanda rufite abantu barenga 86.000 mu bigo 13 ngororamuco mu gihugu hose, bikaba bivugwa ko guverinoma ikoresha impuzandengo ya miliyoni 1.4 by’amafaranga y’u Rwanda […]

Byatangajwe ko umukobwa wakubiswe azira ’gusambana’ n’umukunzi w’undi, afite imyaka 14

Nyina w’umukobwa wakubiswe na bagenzi be mu buryo bukomeye bamuziza ‘gusambana’ n’umusore ukundana n’umwe muri bo, Pretty Nicole wamenyekanye nka Doreen, yatangaje ko uyu umwana we afite imyaka 14 y’amavuko. Videwo igaragaza uyu mukobwa wo muri Uganda akubitwa na bagenzi be yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bumvikana bamubwira ko yarenze umurongo, agerageza gusambana n’uyu musore. Polisi […]

Ukraine: Wagner iremeza ko abacanshuro bayo bigaruriye Umuyi wa Soledar ukungahaye ku munyu

Umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro b’Abarusiya wa Wagner Group yatangaje ko bigaruriye umujyi wa Soledar ucukurwamo umunyu mu burasirazuba bwa Ukraine, ariko hakomeje gushidikanya mu gihe imirwano ikomeje kubera mu mujyi rwagati . Umujyi wa Soledar umaze iminsi ubeamo imirwano ikaze kuko u Burusiya bwawubonyemo urufunguzo rw’urugamba ku mujyi byegeranye wa Bakhmut ndetse n’akarere ka Donbas gaherereye […]

Dani Alves ari mu mazi abira

Dani Alves usanzwe ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Brazil ndetse na FC Barcelona, ari mu mazi abira nyuma y’uko ari gushinjwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina yaba yarakoreye umugore wo muri Espagne mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2022. Nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters cyo mu Bwongereza cyabitangaje, urukiko rw’i Barcelona rwatangaje ko rwatangije urubanza ku cyaha Dani […]

RDC: Abashinwa 3 n’Umunyekongo bakurikiranweho kwica umucuruzi w’Umushinwa

Abashinwa batatu n’Umunyekongo barashinjwa ubwicanyi no kwambura amadorari hafi ibihumbi magana atandatu . Aba bashakishwaga kuva mu mpera z’Ukuboza gushize n’inzego z’umutekano, bafashwe n’inzego z’umutekano bashyikirizwa ubuyobozi kuri uyu wa Kabiri itariki ya 10 Mutarama 2023 muri Kolwezi . Uyu muyoboro uvugwa ko ari mafiya ngo wishe umucuruzi w’Umushinwa ku itariki ya 30 Ukuboza mbere […]

Abarwanyi ba Tigray batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wo mu ntara ya Tigray, nyuma yo kwemera guhagarika imirwano, batangiye gushyikiriza ingabo za Ethiopia intwaro ziremereye bari batunze. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko umuhango wo gutanga izi ntwaro wabereye mu gace ka Agulae, mu bilometero bigera kuri 30 ugana mu mujyi mukuru wa Tigray, Mekelle kuri uyu wa 10 […]

Nyarugenge: Umugabo akurikiranweho kwica mugenzi we amuziza 800 Frw

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Mbere ushize rwaburanishije ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake yakoreye mugenzi we amukubise umukoropesho muri nyiramivumbi bikamuviramo urupfu . Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvug ko uwishwe witwa Ntamakemwa Jean Baptiste yatumye uregwa inkwi zo gucana arazimuzanira amwishyuza amafaranga magana inani y’u Rwanda (800F) ariko […]

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda yemeza ko nta mpunzi zizirukanwa

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko nta mpunzi z’Abanyekongo zizirukanwa cyangwa ngo zikumirwe muri iki gihugu mu gihe ikibazo gituma zihunga kigihari. Ni ubutumwa bwerekeye ku binyamakuru avuga ko byumvise nabi ijambo rya Perezida Paul Kagame ku mpunzi z’Abanyekongo no ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]

Rusizi: Abakobwa babyaye imburagihe bifuza kwitabwaho byihariye

Bari kumwe n'ababyeyi babo n'abayobozi banyuranye, bijeje kutazasubira mu bibatesha igihe

Abakobwa babyaye imburagihe bo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi, bavuga ko bashimira cyane abumva imibabaro yabo bakagerageza kubashakira icyababeshaho n’abana babyaye, kuko bamwe muri bo baba barahungabanijwe bikomeye n’ibyababayeho, bagasaba akarere n’abafatanyabikorwa bako kubitaho byihariye, bagasubiza ibyifuzo byabo. Ikibazo cy’abangavu babyara imburagihe ngo nubwo akenshi gifatirwa hejuru, bamwe bakabafata nk’ababyaye kubera imyitwarire […]

Abantu 5 b’ibikomerezwa mu butegetsi bw’u Burusiya

patrushev.jpg

Nyuma yuko u Burusiya butangije ibitero bya gisirikare muri Ukraine nk’uko bubyita, abantu benshi mu Isi batangiye kwibaza niba Perezida Vuldmir Putin ari we ubwe ufite ububasha bukomeye ku buryo yategeka ibyo ashaka mu gihugu kugeza anagishoye mu ntambara n’igihugu cya Ukraine. Twifashishije ibyegeranyo binyuranye ndetse n’abasesenguzi muri politike mpuzamahanga, tugiye kureba abantu b’imbere (Inner […]

JoĂŁo Felix muri rutemikirere imwerekeza gusinyira ishema rya London

Umukinnyi ukomoka muri Portugal JoĂŁo Felix, agomba gusinya mu ikipe ya Chelsea bidatinze, nyuma y’aho amakipe yombi yamaze kwemeranya ku bizaba bikubiye mu masezerano. Chelsea igomba gusinyisha JoĂŁo Felix ufite imyaka 23 amasezerano y’amezi 6 nk’intizanyo kuri miliyoni 11 z’amayero. Ibi bije nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Athletico Madrid n’iyi byarangiye kandi bikaba byagenze neza. […]

2023: Ibihugu 10 bifite Igisirikare karahabutaka kurusha ibindi ku Isi

Urubuga ’Global FirePower’ rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana mu mbaraga za gisirikare, ruherutse gusohora urutonde rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana mu kugira igisirikare gikomeye muri uyu mwaka wa 2023. Urutonde rwa Global Firepower Index abarukora bagendera ku ngingo zigera kuri 50 zirimo ingengo y’imari ikoreshwa mu gisirikare, umubare w’ababarizwamo n’ibikoresho bya gisirikare igihugu gifite. Urw’uyu […]

Bugesera FC yatandukanye n’umutoza wayo

Etienne Ndayiragije, umutoza ukomoka mu gihugu cy’ u Burundi, yamaze gutandukana n’ikipe ya Bugesera FC yari abereye umutoza nyuma y’uko basheshe amasezerano hagati y’impande zombi ku bwumvikane. Ibi bibaye nyuma y’uko uyu mutoza yari amaze igihe adaha ibyishimo abayobozi, abakunzi ndetse n’abafana b’ikipe ya Bugesera FC kubera ko kugeza ubu igice cya mbere cya shampiyona […]

Abagore 10 bavuga rikijyana mu kinyejana cya 21

michelle-2.jpg

Umunsi mpuzamahanga w’abagore uba umwanya wo kwishimira ibikorwa bitangaje by’abagore byahinduye Isi nziza, ndetse mu bihe bitandukanye hategurwa ibikorwa byo kubaha agaciro no kubibashimira, akenshi binyuze mu kubaha amashimwe n’ibihembo. Ntabwo dudashobora kuvuga amazina y’abagore bose bakoze ibikorwa byiza ku Isi kandi bikomeye; kuko ni benshi, ni yo mpamvu, dushingiye kuri raporo ya Bob Books, […]

Senegal: Hafashwe icyemezo cyo kubuza ingendo za nijoro kuri bisi zitwara abagenzi

Kuri uyu wa Kabiri, Guverinoma ya Senegal yatangaje ingamba nshya zo kurwanya impanuka zo mu muhanda, harimo no kubuza ingendo za bisi za nijoro no gutumiza amapine yakoreshejwe, nyuma y’impanuka yahitanye abantu 39 ku Cyumweru . Minisitiri w’intebe Amadou BĂą yatangaje ko nyuma y’inama ya guverinoma yabereye mu mujyi mushya wa Diamniadio, hafi ya Dakar, […]

Inkumi yimye Polisi amakuru nyuma yo guhondagurwa na bagenzi bayo

Umukobwa wo muri Uganda wamenyekanye nka Doreen yimye Polisi ya Uganda amakuru mu gihe yari mu iperereza rigamije kumenya abakobwa bagenzi be bagaragaye mu mashusho bamuhondagura. Uyu mukobwa yagaragaye akubitwa n’itsinda ry’abakobwa babiri, bahagarikiwe n’abasore babiri, bamutonganyaga, bamubwira ko yarenze umurongo, agerageza gusambana n’umuhungu ukundana n’umwe muri bo. Mu mashusho ya mbere, bagaragara bamukubita inshyi […]

Le gouvernement va restreindre les voyages Ă  l’Ă©tranger des fonctionnaires

Le prĂ©sident Paul Kagame a demandĂ© au Premier ministre d’imposer des restrictions aux voyages inutiles Ă  l’Ă©tranger des fonctionnaires, une dĂ©cision qui, selon lui, rĂ©duirait non seulement le gaspillage des fonds publics, mais garantirait Ă©galement que les fonctionnaires accordent plus d’attention aux affaires intĂ©rieures . Kagame a annoncĂ© la directive le lundi 9 janvier alors […]

Somalia: Abarwanyi ba Al Shabaab basaga 60 biciwe mu gikorwa cya gisirikare

Minisiteri y’itangazamakuru yatangaje ko byibuze abaterabwoba 61 ba Al-Shabaab bishwe abandi benshi barakomereka muri Somaliya nyuma y’igikorwa cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano (NISA) . Iki gikorwa cyo kurwanya umutwe w’iterabwoba ufatanya na al-Qaeda cyashyigikiwe n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga ba Somaliya mu ntara ya Shabelle yo Hagati. Minisiteri mu itangazo ryayo yavuze ko iki gikorwa cyibasiye imitwe yitwara […]

Perezida wa Tanzania ahangayikishijwe n’uko urubyiruko rushaka gukira byihuse

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ahangayikishijwe n’uko urubyiruko ruba rushaka gukira byihuse, arwibutsa ko bigira ingaruka mbi. Uyu Mukuru w’Igihugu ubwo yagezaga ubutumwa ku bagize ihuriro ry’urubyiruko rushamikiye ku ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi, muri Zanzibar kuri uyu wa 9 Mutarama 2023, yavuze ko gukira byihuse ari bibi. Samia yagize ati: […]

Ahahoze hari ibiro bya Perezida Biden hasanzwe inyandiko z’ibanga zitavugwaho rumwe

Minisiteri y’ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika irimo gusuzuma inyandiko z’ibanga zishobora kuba zarabonetse mu byahoze ari ibiro bya Perezida Joe Biden nk’uko White House ibivuga . Umwunganizi we mu mategeko n’itsinda rishinzwe kumuburanira bavuze ko 10 mu madosiye yavumbuwe mu kabati gafunze mu kigo cya Penn Biden Center i Washington mu Gushyingo n’itsinda […]

Ifoto Irangabiye yifotoje na Perezida Kagame mu byatumye atabwa muri yombi

Ifoto ya Irangabiye na Pierre Buyoya yafashwe mu Kuboza 2017

Ifoto Floriane Irangabiye yifotoje ari kumwe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, byamenyekanye ko iri mu byatumye uyu Murundikazi wakoraga umwuga w’itangazamakuru atabwa muri yombi n’abakozi b’urwego rw’iwabo rushinzwe iperereza, SNR. Irangabiye yatawe muri yombi tariki ya 30 Kanama 2022 ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye, i Bujumbura, avuye i Kigali […]

Kajugujugu ya FARDC yahanuwe muri Kamena ngo yaba yararashwe na RDF

Kajugujugu ya FARDC yo mu bwoko bwa Mi-24 yarashwe n’inyeshyamba za M23 maze igwa ahitwa Kabindi muri Teritwari ya Rutshuru ku itariki ya 17 Kamena 2022 . Iyi ndege yari yagize uruhare mu gitero cya bombe ku birindiro bya M23 muri Tchengerero, agace kagenzurwaga na M23. Muri iyi kajugujugu hari harimo Umunyekongo n’Abanya-Georgia babiri bahise […]

Cabo Delgado: Umusirikare wari mu butumwa bw’amahoro yiyahuye

Umusirikare wari mu bagize umutwe w’ingabo z’umuryango w’akarere ka Afurika y’Amajyepfo ukorera mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique (SAMIM), ukomoka muri Botswana, yiyahuye. Umuvugizi w’igisirikare cya Botswana, Colonel Magosi Moshagane, yatangaje ko uyu musirikare yiyahuriye mu gace Pemba ahagana saa tanu n’iminota 20 z’igitondo kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Col. Moshagane yasobanuye ko […]

Perezida Kagame yasabye ko ingendo zo mu mahanga ku bakozi ba leta zagabanuka

Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’intebe kugabanya ingendo zo mu mahanga zidakenewe ku bakozi ba Leta, aho avuga ko iki gikorwa kitazagabanya gusa gukoresha nabi umutungo wa Leta ahubwo ko bizanatuma abayobozi bitondera cyane ibibazo byo mu gihugu . Perezida Kagame yasohoye aya mabwiriza kuri uyu wa Mbere, itariki ya 9 Mutarama, ubwo yakiraga indahiro […]

Yaboneje mu nkangara amanota 50 inshuro 118: Dore uduhigo 5 tutaracibwa mu mateka ya NBA

Ubundi bavuga ko uduhigo tuberaho guhigurwa. Gusa iyi yumvikana nk’imvugo ibiba ikizere, kandi koko ni byiza, gusa muri shampiyona y’umukino wa Basktball muri Amerika y’Amajyaruguru (NBA) ho hari uduhigo twashyinguwe ku gasongero k’ubuhangange bizagorana gukuraho. Abahungu batereye mu nkangara karahava, abandi bakina imikino n’iminota y’umurengera. 1.Amanota menshi y’umukinnyi umwe mu mukino umwe yageze ku 100 […]

Kivu y’Amajyaruguru: Sosiyete sivile irashinja ingabo za EAC korohereza M23

Sosiyete sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) irashinja ingabo za Kenya ziri mu mutwe w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) korohereza umutwe witwaje intwaro wa M23. Visi Perezida w’iyi sosiyete sivile, Edgard Mateso, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 9 Mutarama 2023, yatangaje ko kuba kw’ingabo za […]

Football: Abapadiri bo mu Rwanda banyagiriye abo mu Burundi imbere y’abafana benshi

Abafana bari benshi muri Stade Umuco

Abapadiri bakorera muri diyosezi gatolika ya Ruhengeri mu Rwanda batsinze abo muri diyosezi ya Muyinga mu Burundi ibitego bitanu ku busa (5-0) mu mukino w’umupira w’amaguru wabaye kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Uyu mukino wabereye kuri Stade Umuco iherereye mu ntara ya Muyinga saa cyenda z’igicamunsi, ukaba wabaye mu rwego rwo kwishimira umubano mwiza […]

Ikipe ya Portugal yatangaje ku mugaragaro umutoza usimbura Fernando Santos

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Portugal yatangaje Roberto MartĂ­nez nk’umutoza mushya uzayitoza nyuma y’igenda rya Fernando Santos wayitozaga kugeza ubwo yasezererwaga mu irushanwa ry’Igikombe cy’Isi. Roberto MartĂ­nez wahoze atoza amakipe atandukanye nka Wigan, Everton, ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bubiligi, ni we waramukijwe inshingano zo gutoza Portugal. Yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ine. Nyuma y’aho ishyirahamwe ry’umupira […]

Perezida Kagame ahamya ko abacancuro bari muri RDC bazayongerera ibibazo

Perezida Paul Kagame yatangaje ko abasirikare bigenga bazwi nk’abacancuro bari mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bazayongerera ibibazo, aho kuyifasha kubikemura. Umukuru w’u Rwanda yabitangaje nyuma yo kwakira indahiro ya Perezida mushya wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa 9 Mutarama 2023. Nyuma yo guha impanuro Dr Kalinda, abasenateri n’abandi […]

Icyiswe ‘The Ronaldo Effect’ cyafashe intera ndende

DStv yahakanye inkuru z’abakoresha imbuga nkoranyambaga z’uko yashyizeho ishene nshya ya 240 yo kwerekana shampiona ya Saudi Arabia gusa kubera Cristiano Ronaldo mu cyiswe “The Ronaldo Effect” Nyuma y’aho ikipe ya Al Nassr itangarije Cristiano Ronaldo nk’umukinnyi wayo mushya tariki ya 1 Mutarama 2023, byatumye uyu mukinnyi aca uduhigo twinshi turimo kuba umukinnyi uhembwa amafaranga […]

Inyeshyamba za M23 zongeye gukozanyaho n’inyeshyamba za FDLR muri Rutshuru

Umutuzo wagarutse muri Rutshuru-Centre no mu mujyi wa Kiwanja nyuma y’urusaku rw’amasasu y’imbund to n’iziremereye byumvikanye kuri uyu w Mbere, itariki ya 9 Mutarama mu murenge wa Kazaroho ku muhanda w’igihugu numero 2, muri Gurupoma ya Tongo, ho muri Sheferi ya Bwito . Amakuru aturuka muri Rutshuru avuga ko ari imirwano yabaga hagati y’inyeshyamba za […]