Umutoza Masudi Djuma yahuye n’uruva gusenya
Abafana bataramenyekana b’ikipe ya Rayon Sports batoboye amapine y’imodoka y’umutoza wa Rayon Sports, Masudi Irambona Djuma. Byabaye nyuma y’uko iyi kipe yari imaze kunganya na Espoir FC ibitego 2-2, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona. Abafana batuye imodoka ya Masudi umujinya, mu gihe Rayon Sports ikomeje kugorwa n’intangiriro za shampiyona. Mu mikino itandatu Rayon […]
Umutoza ushobora kubimburira abandi kwirukanwa muri shampiyona y’u Rwanda yamenyekanye
Umutoza w’ikipe ya Etincelles FC, Habimana Sosthène ‘Lumumba’, ashobora kubimburira abandi batoza muri shampiyona y’u Rwanda mu kwirukanwa kubera umusaruro mubi. Nta gihindutse uyu mutoza ashobora gusezererwa kuri uyu wa Kane, nyuma y’inama ya Komite nyobozi ya Etincelles iri buterane. Kugeza ubu iyi kipe y’i Rubavu ni yo iza ku mwanya wa nyuma ku rutonde […]
Kera kabaye Christa Kaneza yafunguwe nyuma y’umwaka ari muri gereza
Christa Kaneza wahoze ari umugore w’umuhanzi Thierry Kubwimana wamenyekanye mu muziki w’u Burundi, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu nyuma y’umwaka afunze. Mu mwaka ushize ni bwo Kaneza yatawe muri yombi, ashinjwa gufatanya n’abandi bagabo babiri kugira uruhare mu rupfu rw’uriya wahoze ari umugabo we. Mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira iya 25 Ugushyingo Umwaka […]
Rayon Sports yarokokeye i Rusizi, Etoile de l’Est yisasira Gasogi United
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Espoir FC ibitego 2-2, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona. Ni umukino iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda yari yasuyemo Espoir i Rusizi, nyuma yo gutsinda Sunrise FC igitego 1-0 ku munsi wa gatanu wa shampiyona. Nk’ibisanzwe umunya-Caméroun Essombe Willy Onana ni we wafunguriye Rayon Sports amazamu, […]
Ingabo za Ethiopia zisubije imijyi myinshi yari yarigaruriwe na TPLF
Leta ya Ethiopia kuri uyu wa Gatatu, yatangaje urutonde rw’imijyi myinshi ingabo z’iki gihugu zisubije nyuma y’igihe yarigaruriwe n’inyeshyamba za TPLF. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia kuri Twitter byavuze ko ingabo z’iki gihugu zambuye TPLF imijyi ya Kasagita, Burqa, Waiima, Chifra, Chiftu, Dire Ruqa na Alele Sulula; sisubizaho ubutegetsi bwa Leta ndetse hanahita hatangira […]
Abatumiye Koffi Olomide basubije abasabye ko igitaramo cye i Kigali cyaburizwamo
Ikigo Intore Entertainment cyatumiye umuhanzi Koffi Olomidé ngo aze gutaramira i Kigali, cyatangaje ko kitari mu mwanya mwiza wo kumucira urubanza ku byaha ashinjwa byatumye aba ‘Feminists’ basaba ko igitaramo cye cyaburizwamo. Ku wa 04 Ukuboza ni bwo Koffi uri mu bahanzi bubashywe mu muziki wa Congo Kinshasa azataramira i Kigali, mu gitaramo kizabera muri […]
Abiy Ahmed yasabye inyeshyamba za TPLF kuyamanika
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yasabye intambara za TPLF kuyamanika zikemera ko zatsinzwe, ashimangira ko ingabo za Leta ye ziri gukoza imitwe y’intoki ku ntsinzi. Ni nyuma y’icyumweru kimwe uyu mutegetsi arahiriye kujya kuyobora ingabo za Ethiopia mu rugamba zihanganyemo n’inyeshyamba. Minisitiri Abiy mu ijambo rye ryatambukijwe kuri Televiziyo y’Igihugu, yavuze ko “Urubyiruko […]
Nyagatare: Inka 10 z’umuturage zakubiswe n’inkuba zirapfa
Ku manywa yo kuri uyu wa Kabiri inkuba yakubise inka 10 z’Umuturage wari uziragiye mu rwuri ruherereye mu mudugudu wa Rubira, mu kagali ka Rutungo ho mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, zirapfa. Inka zakubiswe n’inkuba ni iz’umuturage witwa Ruzindana Sam zari ziragiwe n’umuhungu we witwa Rugamba Emmy. Rugamba avuga ko ahagana saa […]
APR FC irasabwa kugenda na Jet Privé kugira ngo igere muri Maroc
Ikipe ya APR FC yamaze kumenya ko izakinira na RS Berkane mu gihugu cya Maroc, mu mukino wo kwishyura wa kamarampaka yo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup. Ku Cyumweru gishize ni bwo amakipe yombi yaguye miswi 0-0 mu mukino ubanza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere y’uwo kwishyura […]
Rubavu: Umwanditsi w’urukiko afungiwe kwaka ruswa y’igitsina
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze Uwamungu Theophile, umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Gisenyi ukurikiranweho ibyaha byo kwaka ruswa y’ishimishamubiri rishingiye ku gitsina ndetse no kwiyitirira urwego rw’umwuga. RIB yemeje aya makuru mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa Twitter. Uru rwego rwavuze ko iperereza ry’ibanze rigaragaza ko ibi byaha Uwamungu yabikoze yizeza umugore w’imyaka 23 wari […]
Kera kabaye Kwizera Olivier yagarutse muri Rayon Sports, yongera amasezerano (Amafoto)

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier, yamaze kugaruka mu kipe ya Rayon Sports ahita anongera amasezerano yo gukomeza kuyikinira. Kwizera yari amaze igihe adakinira iyi kipe kubera kutumvikana na yo ibijyanye n’amasezerano bari baragiranye ubwo yayerekezagamo avuye muri Gasogi United. Ibi bazo by’uyu munyezamu na Rayon Sports byavutse muri Nyakanga uyu mwaka ubwo yatangazaga ko […]
France Football ikwiye kuguha Ballon d’Or yawe Robert_Messi abwira Lewandowski
Umunya-Argentine Lionel Messi yageneye ubutumwa bukomeye umunya-Pologne Robert Lewandowski, nyuma y’uko yari amaze kumutwara Ballon d’Or ya 2021. Mu ijoro ryakeye ni bwo Messi yegukanye kiriya gihembo ku nshuro ye ya karindwi, mu birori byabereye i Paris mu Bufaransa. Messi yegukanye Ballon d’Or ya 2021 nyuma yo kugira amajwi 613, arusha 33 Lewandowski wamukurikiye. Uyu […]
Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or ya karindwi ahigitse Robert Lewandowski
Umunya-Argentine Lionel Messi ukinira Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yegukanye ku ncuro ya karindwi igihembo cya Ballon d’Or gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi mu mupira w’amaguru. Messi yegukanye iki gihembo cyatangiwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Ugushyingo, ahigitse umunya-Pologne Robert Lewandowski usanzwe akinira Bayern Munich wamuguye mu ntege. […]
Hamenyekanye igihe Neymar wagize imvune iteye ubwoba agomba kumara adakina
Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yatangaje ko umunya-Brésil Neymar Jr agomba kumara hanze y’ikibuga ibyumweru biri hagati ya bitandatu n’umunani, nyuma yo kugira imvune ikomeye. Neymar yavunikiye mukino wa shampiyona ikipe ye ya PSG yatsinzemo Saint-Etienne ibitego 3-1 ejo ku Cyumweru. Ibitego bibiri bya Marquinhos na kimwe cya Angel Di Maria ni byo […]
Manchester United yahaye ikaze umutoza wayo mushya uri mu bubashywe i Burayi
Ikipe ya Manchester United yo mu gihugu cy’u Bwongereza yemeje Umudage Ralf Rangnick nk’umutoza wayo mushya. Rangnick uri mu batoza bubashywe cyane i Burayi, yagizwe umutoza wa Manchester United by’agateganyo kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye. Manchester United ku rubuga rwayo yavuze ko uyu mutoza yemeye ko nyuma azakomeza kuyikoramo imirimo y’ubujyanama mu yindi myaka ibiri. […]
Kagere na BM3 bahaye ibirori abafana ba Simba yakandagije ikirenge mu matsinda ya CAF Confederation Cup
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, irasa n’iyakandagije ikirenge mu matsinda ya CAF Confederation Cup nyuma yo kunyagira Red Arrows yo muri Zambia ibitego 3-0. Simba yari yakiriye Red Arrows mu mukino ubanza wa kamarampaka wo gushaka itike y’amatsinda ya CAF Confederation Cup wabereye i Dar es Salaam ejo ku Cyumweru. […]
Abanyeshuri batatu bagiye koga mu kiyaga cya Burera bararohama
Abanyeshuri batatu bigaga mu kigo cy’amashuri cya CEPEM (Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers) giherereye mu murenge wa Rugarama w’akarere ka Burera, bitabye Imana nyuma yo kujya koga mu kiyaga cya Burera bakarohama. Byabaye ku gicamunsi cy’ejo ku Cyumweru tariki ya 28 Ugushyingo, ubwo bariya banyeshuri na bagenzi babo bari bagiye gukina […]
Rwabuze gica hagati ya APR FC na RS Berkane
Ikipe ya APR FC yaguye miswi na RS Berkane yo muri Maroc 0-0, mu mukino ubanza wa kamarampaka yo gushaka itike y’amatsinda ya CAF Confederation Cup. Ni umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. RS Berkane y’umutoza Florent Ibengé yaranzwe no kurinda izamu ryayo mu kwirinda ko yakwinjizwa igitego, mu gihe APR FC yananiwe […]
Minisitiri Gatabazi yamaganye imisifurire yaranze umukino wa Kiyovu Sports na Musanze FC
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, yanenze imisifurire yaranze umukino wa shampiyona wahuje Kiyovu Sports na Musanze FC, ashimangira ko iyi kipe yo mu majyaruguru itabaniwe n’abasifuzi. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Kiyovu Sports yari yakiriye Musanze FC kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona. Igitego cyo ku […]
Cabo Delgado: Abasirikare ba RDF batangije igikorwa cy’umuganda muri Palma (Amafoto)

Abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe mu bikorwa byo kurwanya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado yo mu majyaruguru ya Mozambique, batangije igikorwa cy’umuganda mu mujyi wa Palma ho mu karere ka Palma kari mu tugize iriya ntara. Ni igikorwa bakoze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ugushyingo. Iki gikorwa cyari kigamije gukubura imihanda yo […]
Perezida Yoweri Kaguta Museveni ari muri Tanzania (Amafoto)

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yamaze kugera i Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania, aho yitabiriye inama yiga ku mushinga w’ibitoro Uganda na Tanzania bifitanye. Museveni watangiye uruzinduko rw’iminsi itatu muri iki gihugu, yakiriwe na Perezida Samia Suluhu Hassan wamutumiye. Inama Perezida Museveni yitabiriye igamije gushishikariza abikorera bo mu bihugu bya Uganda na […]
Niyonsenga Dieudonné yamaganye umunyamategeko wamwiyitiriye, amwita umutekamutwe
Umunyamakuru Niyonsenga Dieudonné uzwi nka ‘Cyuma Hassan’, yamaganye umunyamategeko witwa Bangamwabo Octave avuga ko yamwiyitiriye, ashimangira ko ari ‘umutekamutwe’ ugamije gushaka indonke. Kuva ku wa 11 Ugushyingo Niyonsenga usanzwe ari nyiri ISHEMA TV afungiye muri gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, nyuma yo gukatirwa imyaka irindwi y’igifungo n’Urukiko Rukuru. Ni nyuma yo guhamywa ibyaha birimo […]
Ingabo za Ethiopia zagabye ibitero bya drones i Mekelle
Ingabo za Ethiopia zirwanira mu kirere, zagabye ibitero cy’utudege tutagira abapilote (drones) ahantu habiri ho mu murwa mukuru Mekelle w’intara ya Tigray. Ni ibitero Ethiopia yagabye muri kariya gace, mu gihe ingabo zayo zimaze umwaka urenga mu ntambara n’inyeshyamba za TPLF. Igitero cya mbere cya drone cyabaye ejo ku wa gatanu saa tatu z’igitondo cyo […]
RS Berkane yasesekaye i Kigali mbere yo kwesurana na APR FC imaze imyaka ine itahatsindirwa (Amafoto)

Ikipe ya Renaissance Sportive de Berkane yo mu gihugu cya Maroc, yaraye igeze i Kigali aho igomba guhurira na APR FC imaze imyaka ine itahatsindirwa mu mikino nyafurika. Saa cyenda z’igicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 28 Ugushyingo, ni bwo APR FC izakira RS Berkane mu mukino ubanza wa kamarampaka yo gushaka ikipe izerekeza mu […]
Ngoma: Umugabo n’umugore we batawe muri yombi bazira gukwirakwiza amafaranga y’ibicupuri
Polisi ikorera mu karere ka Ngoma ku bufatanye n’abayobozi mu nzengo z’ibanze, bafashe abantu babiri bakwirakwizaga amafaranga y’amiganano. Abafashwe ni Uwimana Vedaste w’imyaka 25 y’amavuko n’umugore we Tuyishimire Jeannette w’imyaka 18, ku wa Kane tariki ya 25 Ugushyingo. Bombi bafatiwe mu kagari ka Nyamugari ho mu murenge wa Mugesera, bafite Frw y’amiganano 65,000 bari bamaze […]
Seif wahagaritswe mu Mavubi yasabye imbabazi Abanyarwanda

Niyonzima Olivier bita Seif uheruka guhagarikwa mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’ yamaze gusaba imbabazi Abanyarwanda, nyuma yo guta bagenzi bo mu kipe y’igihugu bari kumwe i Nairobi akajya mu kabari. Ku wa 16 Ugushyingo ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryatangaje ko Seif yahagaritswe igihe kitazwi mu kipe y’Igihugu ’Amavubi’ kubera imyitwatire mibi. FERWAFA […]
Museveni aracyanyobora nk’uko yabikoraga mu myaka 47 ishize_Gen Muhoozi Kainerugaba
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akanaba umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yanyomoje amakuru avuga ko yaba atacyumvikana na se ashimangira ko akimuyoboye nk’uko byahoze mu myaka 47 ishize. Muri Kamena uyu mwaka ni bwo Gen Muhoozi wari ukuriye umutwe w’ingabo zidasanzwe zishinzwe kurinda se (SFC) akanaba umujyanama we wihariye, […]
RDF yungutse abasirikare bashya barwanira ku butaka bakabakaba 1,000 (Amafoto)

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyungutse abasirikare bashya barwanira ku butaka bagera ku 1,000 barimo na ba Ofisiye bato, nyuma yo gusoza imyitozo ikaze bari bamazemo amezi atandatu. Ni imyitozo yaberaga mu Kigo cya Gisirikare kiri i Nasho mu Karere ka Kirehe. Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda rwatangaje ko aba basirikare basoje imyitozo mu bijyanye […]
Kinshasa: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Félix Tshisekedi (Amafoto)

Perezida Paul Kagame uri i Kinshasa muri Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe na mugenzi we Félix Tshisekedi mbere yo kwitabira inama yiga ku myitwarire ikwiriye abagabo idahohotera abagore n’abakobwa. Ni inama yateguwe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bigendanye n’amahame yawo yo kurwanya ihohotera rikorerwa abagore. Insanganyamatsiko y’iyi nama igomba kuyoborwa na Tshisekedi unayoboye umuryango […]
Ingabo z’u Burundi zirwanira ku butaka zifite umugaba mushya

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’icyo gihugu (FDNB), yagize Général de Brigade Vénuste Nduwayo Umugaba w’ingabo zacyo zirwanira ku butaka. Gen de Bde Nduwayo yasimbuye kuri uyu mwanya Général Major Jean Paul Habimana wari uwumaranye imyaka itandatu. Gen Habimana kuri ubu ni Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Burundi nk’uko igisirikare cy’iki […]
Imyaka 24 iruzuye Gen James Kabarebe agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC
Ku itariki nk’iyi ya 25 Ugushyingo mu 1997, Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare, Gen James Kabarebe, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo Kinshasa. Kuri uyu wa Kane imyaka 24 irashize Gen Kabarebe ahawe izi nshingano yafatanyaga no kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Ni inshingano Gen Kabarebe yahawe n’uwari Perezida wa RDC, […]
UEFA Champions League: PSG yatsinzwe irushwa na Manchester City

Ikipe ya Manchester City yiyongereye mu makipe azakina 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo gutsinda PSG iyirusha ibitego 2-1. Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola yari yakiriye PSG ku kibuga cya Stade ya El Etihad, mu mukino ubanziriza uwa nyuma wo mu tsinda A. Ni nyuma y’ubanza amakipe yombi yari yarahuriyemo i Parc des […]
Abiy Ahmed wagiye ku rugamba yasigiye inshingano zo kuyobora Ethiopia umwungiriza we
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yasigiye inshingano zo kuyobora igihugu Demeke Mekonnen Hassen umwungirije mbere y’uko yerekeza ku rugamba. Kuri uyu wa Gatatu ibitangazamakuru bigenzurwa na Leta ya Ethiopia byatangaje ko Abiy Ahmed yerekeje ku rugamba, mu rwego rwo kubera umugaba ingabo za kiriya gihugu zimaze umwaka zihanganye n’inyeshyamba za TPLF. Amakuru y’uko […]
Rubavu: Mudugudu umaze ibyumweru 3 atowe yakubise umuturage amugira intere
Umuturage witwa Binyavanga JMV wo mu kagari ka Busigari ho mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu, aravuga ko yakorewe urugomo n’abarimo umukuru w’umudugudu w’Amajyambere bikamusigira ubumuga. Binyavanga avuga ko urugomo yarukorewe na mudugudu witwa Niyonzima wahise atoroka, gusa kuri ubu akaba yidegembya nyuma yo kugaruka iwe. Uyu muturage ahohoterwa byari ku wa Gatanu […]
Papa Francis yakiriye i Vatican Louise Mushikiwabo
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yakiriye i Vatican Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, bagirana ibiganiro. Madamu Mushikiwabo na Papa Francis bahuye ku wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo. Umuryango wa La Francophonie ubinyujije kuri Twitter wavuze ko bombi “baganiriye uko bahuza imbaraga mu gushyigikira abaturage b’igihugu cya Liban […]
UEFA CL: Cristiano Ronaldo yagejeje Man United muri 1/8, FC Barcelona ijya mu mazi abira

Ikipe ya Manchester United yaraye igeze muri 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo kujya gutsindira Villarreal muri Espagne ibitego 2-0. Igitego cyo ku munota wa 78 w’umukino cya Cristiano Ronaldo n’icyo ku munota wa 90 w’umukino cya Jadon Sancho, byari bihagije kugira ngo Manchester United ikatishe itike ya 1/8 mbere yo guhura na […]
Noel Tshiani yamaganye imishinga RDC ifitanye n’u Rwanda, Uganda n’u Burundi
Umunyapolitiki Noël Tshiani uri mu bari bahatanye na Perezida Félix Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’igihugu yo muri 2018, yamaganiye kure imishinga Congo Kinshasa ifitanye n’ibihugu by’u Rwanda, Uganda n’u Burundi. Mu mishinga u Rwanda rufitanye na RDC harimo uwerekeye amasezerano yasinywe muri Kamena uyu mwaka hagati ya Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima […]
APR FC yasubiriye Rayon Sports ubugira gatatu, yuzuza umukino wa 40 idatsindwa
Ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sports ku nshuro ya gatatu yikurikiranya muri shampiyona, yuzuza umukino wa 40 wikurikiranya idatsindwa. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu iheruka gutsindwa mu myaka irenga ibiri ishize, yari yakiriye Rayon Sports kuri Stade ya Kigali mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona warangiye itsinze ibitego 2-1. APR FC yari yaratsinze Rayon […]
José Mourinho yaguriye umukinnyi wamutsindiye Genoa inkweto za Frw 800,000 nk’impano
Umutoza w’ikipe ya AS Roma, José Mourinho, yaguriye umunya-Ghana Felix Afena-Gyan umuguru w’inkweto zifite agaciro k’ama-Euro 800 (arenga Frw 800,000) nk’impano yo kuba yaramufashije gutsinda Genoa. Ku Cyumweru gishize ni bwo ikipe ya AS Roma yari yasuye Genoa, mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona y’Abataliyani. Ni umukino AS Roma yari yakoze ibishoboka byose ngo […]
Captain muri UPDF arafunzwe nyuma yo gusinda akita abasirikare bagenzi be ‘imbwa n’imihobobo’
Umusirikare wa Uganda ufite ipeti rya Captain, yatawe muri yombi na military Police nyuma y’amashusho yakwirakwiye amugaragaza yasinze yumvikanamo yita bagenzi be ‘imbwa n’imihobobo’. Amashusho y’uyu mwofisiye witwa Eric yasinze yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga guhera mu mpera z’icyumweru gishize. Muri aya mashusho uyu musirikare wari wambaye impuzankano ya UPDF yumvikana avugana n’umukuriye kuri terefoni yita […]
Abiy Ahmed yiyemeje gusanga ingabo za Ethiopia ku rugamba zihanganyemo na TPLF
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed Ali, yatangaje ko guhera kuri uyu wa Kabiri asanga ingabo za Ethiopia ku rugamba zihanganyemo n’inyeshyamba za TPLF akaziyobora. Abiy yemeje aya makuru mu itangazo yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter ejo ku wa Mbere. Ati: “Guhera ejo [kuri uyu wa Kabiri] nzajya ku rugamba kuyobora ingabo. Abifuza […]
Ndoli J. Claude yigaramye iby’amarozi yashinjwe gukoresha Police FC ikina na Gorilla
Umunyezamu wa Gorilla FC, Ndoli Jean Claude, yasobanuye iby’amarozi yashinjwe gukoresha ikipe ye ikina na Police FC, avuga ko ibyo yakoze bitari ukuroga ahubwo ko byari ukwica mu mutwe (Mind game) abakinnyi b’ikipe bari bahanganye. Ku munsi w’ejo ni bwo Police FC yaguye miswi na Gorilla FC 0-0, mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona […]
Nyaruguru: Umukecuru yafushye, akubita umugabo ishoka mu mutwe
Umugore witwa Mukabucyana Mariya w’imyaka 58, utuye mu mudugudu wa Rwabujari, akagari ka Gikunzi, umurenge wa Rusenge, yakomerekeje bikomeye umugabo we witwa Biziyaremye Alexis, w’imyaka 58, amukubise igifunga cy’ishoka mu mutwe, nyuma yo kumva amakuru ko yiriwe asangira inzoga n’undi mugore utagira umugabo, bakanagera ku “ngingo”. Umugabo yageze mu rugo atashye nimugoroba, umugore amusanganiza ishoka. […]
Ikipe y’igihugu ya Uganda iheruka gusebera i Kigali yabuze amafaranga ayijyana muri Angola
Ikipe y’igihugu ya Uganda y’umukino wa Basketball ‘The Silverbacks’, ntabwo izitabira imikino y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi izabera muri Angola kubera ikibazo cy’amafaranga. The Silverback ni imwe mu makipe yari kuzitabira iyi mikino iteganyijwe kubera i Luanda hagati y’itariki ya 26 na 28 Ugushyingo, gusa ikibazo cy’amikoro cyatumye iyi kipe ifata icyemezo cyo kutajyayo. […]
Kera kabaye Mashami Vincent agiye kwirukanwa mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, ashobora kwirukanwa muri iki cyumweru kubera umusaruro mubi Amavubi yagize mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022. Umwanzuro wo kwirukana uyu mutoza wafatiwe mu mwiherero wabereye mu karere ka Rubavu mu cyumweru gishize. Ni umwiherero warimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo […]
Abasifuzi bane bazayobora umukino wa APR FC na Rayon Sports bamenyekanye
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru hano mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abasifuzi bane bazayobora umukino wa APR FC na Rayon Sports. Saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo APR FC izaba yakira Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Abasifuzi bane bazayobora uyu […]
Dimitri Payet yahuye n’isanganya, umukino wa Lyon na Marseille urasubikwa (Amafoto)

Umukino wa shampiyona y’u Bufaransa wahuzaga ikipe ya Olympique Lyonnais na Olympique de Marseille, wasubitswe nyuma y’uko Dimitri Payet yari amaze guterwa icupa ry’amazi mu mutwe. Hari ku munota wa gatanu w’umukino ubwo Payet usanzwe ari Kapiteni wa Marseille yari agiye gutera koruneri, bikarangira atewe icupa ry’amazi ryaturutse mu bafana. Nyuma y’uko uyu mukinnyi yari […]
Ole Gunnar Solskjaer yirukanwe na Manchester United

Ikipe ya Manchester United yirukanye umunya-Norvège Ole Gunnar Solskjaer wari umutoza wayo mukuru, nyuma y’umusaruro mubi iyi kipe ikomeje kubona muri shampiyona y’Abongereza. Icyemezo cyo kwirukana Ole cyafatiwe mu nama y’igitaraganya yahuje ubuyobozi bwa Manchester United mu ijoro ryakeye. Byari nyuma gato y’uko iyi kipe yari imaze kwandagazwa na Watford ikayinyagira ibitego 4-1 mu mukino […]
Bidasubirwaho Sergio Aguëro agiye gusezera ku mupira w’amaguru imburagihe
Umunya-Argentine Sergio Kun Aguëro ukinira ikipe ya FC Barcelona, agiye guhagarika gukina umupira w’amaguru imburagihe kubera ikibazo cy’umutima. Mu kwezi gushize ni bwo Aguëro yagize ikibazo cy’umutima nyuma yo gusohoka mu kibuga ababara mu gituza, mu mukino FC Barcelona yanganyirijemo na Alaves igitego 1-1. Ni Aguëro wari umaze gukinira iyi kipe yo muri Espagne imikino […]
Rayon Sports yihanije Bugesera FC mbere yo kwesurana na APR FC
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu yatsinze Bugesera FC ibitego 3-1, mbere yo gucakirana na mukeba wayo APR FC. Rayon Sports yaherukaga gutsikira kuri Rutsiro FC, yari yakiriye Bugesera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona. Ibitego byo mu gice cya mbere cy’umukino bya Blaise Nishimwe (ku […]
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi bashya 2,319 (Amafoto)

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu yungutse abapolisi bato bashya 2,319; nyuma yo gusoza amahugurwa y’ibanze abategurira kujya muri Polisi. Aba bapolisi bo mu cyiciro cya 17/2020-2021, bari bamaze umwaka bahererwa imyitozo mu kigo cy’imyitozo cya Polisi kiri i Gishari. Aba bapolisi barimo abasore 1,869 n’inkumi 450. Umuyobozi wa PTS-Gishari, CP Robert Niyonshuti, yavuze […]
RDF yungutse abasirikare bakuru 20 b’indorerezi za Loni
Abasirikare bakuru 20 bo mu ngabo z’u Rwanda basoje amahugurwa y’ibyumweru bibiri yabateguriraga kuba indorerezi za gisirikare mu muryango w’Abibumbye. Ni amahugurwa yaberaga mu Kigo Rwanda Peace Academy mu Karere ka Musanze. Indorerezi za gisirikare muri Loni ziba zifite mu nshingano kugenzura ko amasezwerano yo guhagarika imirwano yubahirizwa kimwe n’ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu ahakorerwa ubutumwa […]
Messi na Ramos bahoze bangana urunuka bahuriye bwa mbere mu myitozo ya PSG (Amafoto)

Myugariro Sergio Ramos na rutahizamu Lionel Messi, bahuriye bwa mbere mu myitozo ya Paris Saint-Germain nyuma y’imyaka myinshi ari abakeba. Aba bagabo bombi bahoze bakinira amakipe ya Real Madrid na FC Barcelona ahora ahanganye muri Espagne, mbere yo gutandukana na yo bombi bakerekeza muri PSG yo mu Bufaransa mu mpeshyi y’uyu mwaka. Mbere y’uko aba […]
Ba Meya 11 ni bo bongeye gutorerwa kuyobora uturere bahoze bayobora (Amafoto)
Abayobozi b’uturere 11 two hirya no hino mu gihugu ni bo bongeye gutorerwa gukomeza kutuyobora, mu matora yabaye ejo ku wa Gatanu tariki ya 19 Ugushyingo 2021. Abayobozi 27 na ba visi meya babungirije 54 ni bo batorewe kwinjira muri Komite Nyobozi z’uturere muri manda izamara imyaka itanu. Muri ba meya batowe harimo abari basanzwemo […]
Minisitiri Gatabazi yihanangirije ba Meya bashya ku busambo, amatiku no kwiyandarika
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, yasabye abagize komite nyobozi z’uturere ndetse n’inama njyanama batowe kuzarangwa n’ubufatanye hagamijwe icyateza imbere umuturage, ariko nanone bakirinda ingeso mbi kugira ngo bazabashe gukora neza imirimo bashinzwe. Minisitiri Gatabazi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu, nyuma y’uko hari hamaze kurangira amatora y’abagize komite nyobozi z’uturere 27 tw’igihugu ndetse n’inama […]
Kagere yahesheje Simba intsinzi, ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona ya Tanzania
Ikipe ya Simba Sports Club ibifashijwemo na rutahizamu Meddie Kagere, yatsinze Ruvu Shooting ibitego 3-1, ikomeza gukubana na mukeba wayo Young Africans ku rutonde rwa shampiyona. Simba SC yari yasuye Ruvu Shooting, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wabereye ku kibuga cya Stade ya CCM Kirumba mu mujyi wa Mwanza. Iyi kipe y’umutoza mushya […]
Goma: Abarwanyi batandatu ba M23 n’Abanyarwanda 42 batawe muri yombi
Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanyije na Polisi ya kiriya gihugu, cyataye muri yombi abantu 175 babaga mu mujyi wa Goma mu buryo butemewe n’amategeko barimo abarwanyi batandatu bo mu mutwe wa M23 n’Abanyarwanda 42. Aba bantu batawe muri yombi nyuma y’umukwabu inzego z’umutekano zakoreye mu gace ka Bujovu kari hafi y’umupaka wa Congo n’u […]
Harmonize yavuze uko ishyari rya Diamond no kwita se umurozi byabatandukanyije
Umuhanzi Rajab Abdul Kahali ukunzwe mu muziki wa Tanzania nka Harmonize, yavuye imuzi ibyatumye atandukana na mugenzi we Diamond Platnumz, agaragaza amashyari y’uyu muhanzi na nyina nka kimwe mu byatumye urugendo rwabo rurangira. Harmonize yabigarutseho kuri uyu wa Kane aganira n’itangazamakuru, nyuma yo kugera muri Tanzania avuye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika aho yari […]
Perezida Joe Biden yakuyeho ibihano Amerika yari yarafatiye u Burundi
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakuyeho ibihano igihugu cye cyari kimaze inyaka itandatu cyarafatiye u Burundi. Muri 2015 ni bwo u Burundi bwari bwarafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kubera ibikorwa by’ubwicanyi, ihonyora ry’uburenganzira bwa muntu, guhohotera abanyagihugu ntacyo bazira, imvururu zishingiye kuri Politiki, kubangamira abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’ibindi. […]
FERWAFA yakuriye inzira ku murima APR FC yari yayisabye gusubika umukino wayo na Rayon Sports
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bwateye utwatsi ubusabe bw’ikipe ya APR FC yari yarisabye ko umukino wa shampiyona ifitanye na Rayon Sports wasubikwa. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu igomba kwakira mukeba wayo Rayon Sports, mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona ugomba kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ni umukino uteganyijwe kuba ku wa […]