Abakinnyi bashobora kuzajya bahanirwa gucira mu kibuga

Umwe mu bagize inama y’ubutegetsi mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, yatangaje ko ubwo imikino izaba yasubukuwe abakinnyi bashobora kuzajya berekwa amakarita y’umuhondo bazira gucira mu kibuga. Magingo aya mu bihugu bitandukanye, hari kurebwa uko imikino yasubitswe kubera Covid-19 yasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko hagashyirwaho ingamba zikarishye mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya […]

Uganda: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yapfuye urw’amayobera

Barbara Allimadi wari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka Alliance for National Transformation (ANT) ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasanzwe yapfiriye mu rugo rwe ruherereye ahitwa Kiwatule mu mujyi wa Kampala. Amakuru y’urupfu rw’amayobera rwa Barbara, yemejwe na Alice Alaso uri mu bayobozi bakuru b’ishyaka ANT, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yagize ati”Inkuru ibabaje, […]

Perezida Kagame yabwiye umunyamakuru ko ibisobanuro yamuha ku rupfu rwa Kizito bitamunyura

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere, yabajijwe ku rupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo yirinda kugira icyo aruvugaho. Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa mbere, ubwo umunyamakuru Laure Broulard ukorera RFI na Le Monde yamusabaga kugira icyo aruvugaho. Perezida Kagame yamubwiye ko ibisobanuro […]

Ubudage: Abakinnyi basabwe kudaterana akabariro n’abagore babo

Abakinnyi bakina muri shampiyona zitandukanye mu gihugu cy’Ubudage, basabwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu (DFB) kudatera akabariro cyangwa ngo basome abagore babo, mu gihe bagaragaje (abagore) ibimenyetso bya Covid-19. Iri ni rimwe mu mabwiriza yashyizweho na DFB, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 mu gihe shampiyona zizaba zasubukuwe. Mu busanzwe shampiyona y’Abadage yagombaga […]

Guinée Bissau yabaye ikindi gihugu gisabye Madagascar umuti wa Covid-19

Igihugu cya Guinée Bissau cyabaye icya kabiri ku mugabane w’Afurika gisabye Madagascar ku muti wa Covid-Organics iheruka kwemeza ko uvura Covid-19, inemera kuwukwirakwiza mu bindi bihugu bituranye nayo mu burengerazuba. Byemejwe na Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, nyuma y’ikiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga yagiranye na mugenzi we wa Guinée Bissau, Umaro Sissoko Embalo. Perezida Rajoelina […]

Nyaruguru: Gitifu w’Akagari wakubise umukecuru amushinja amarozi yahagaritswe ku mirimo by’agateganyo

Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyaruguru yasezereye by’agateganyo Kayigamba Valens wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyamirama mu murenge wa Ngoma, kubera icyaha yakoze cyo gukubita umukecuru Nyirabititaweho Anastasia w’imyaka 95 n’abakobwa be babiri akabakomeretsa, n’ikindi cyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya “guma mu rugo” yo kwirinda Coronavirus. Nk’uko umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François abivuga, ku […]

Uganda: Imfubyi y’imyaka 13 yahaye Leta inkunga ya 50,000 Shs yo guhangana na Covid-19

Ogweng Nicholas Opiyo, imfubyi y’imyaka 13 y’amavuko yo mu gace ka Gulu muri Uganda, yatunguye benshi ubwo yashyikirizaga Leta y’iki gihugu inkunga ingana n’ibihumbi mirongo itanu by’amashilingi ya Uganda (angana na 12,300 RWF) yo kuyifasha guhangana na Covid-19. ChimpReports yanditse ko uyu mwana w’umuhungu yakoze urugendo rw’ibirometero 10 n’amaguru ava mu ntara ya Uyama, kugira […]

RwandAir yagabanyije imishahara y’abakozi bayo kugeza kuri 65%

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yagabanyije imishahara y’abakozi bayo bose nk’ingamba yo kugabanya ibyo iyi sosiyete iri gutakaza muri iyi minsi hanarebwa ku hazaza hayo. Abakozi ba RwandAir bamenye ko imishahara yabo yagabanyijwe ku wa 24 Mata, mu itangazo ryanditswe na Yvonne Makolo uyobora iki kigo. Umuyobozi wa RwandAir yavuze ko […]

Harakekwa ko Kim Jong Un uyobora Koreya ya Ruguru yapfuye

Amakuru akomeje kugarukwaho mu bitangazamakuru bitandukanye, aravuga ko Kim Jong-Un uyobora Koreya ya ruguru ashobora kuba yaritabye Imana cyangwa akaba yarataye ubwenge. Nta mutegetsi wa Koreya ya ruguru uremeza ko Perezida Kim yitabye Imana, gusa inkuru imubika ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, cyane urwa Twitter. Umuyobozi wungirije wa Televiziyo yo muri Hong Kong yitwa HKSTV […]

Diamond yemeye kwishyurira imiryango 500 amezi atatu y’ubukode bw’inzu

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz, yatangaje ko azishyura ubukode bw’amezi atatu ku miryango 500 yo muri kiriya gihugu yagizweho ingaruka n’icyorezo cya Covid-19. Uyu musore uza ku isonga mu banyamuziki bakunzwe mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemeje ko azakora iki gikorwa cy’urukundo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe […]

Ibihugu bya Afurika byatangiye gusaba Madagascar ku muti wa Covid-19 iherutse gukora

Nyuma y’uko mu ntangiriro z’iki cyumweru Madagascar imuritse umuti gakondo wa CVO cyangwa Covid-Organics uvura Coronavirus, Sénégal yamaze gusaba iki gihugu kugiha kuri uriya muti. Sénégal yabaye igihugu cya mbere gisabye Madagascar uriya muti, gusa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ishobora gutera ikirenge mu cyayo. Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar ni we watangaje ko mugenzi […]

Gisagara: Inzoga yitwa ‘Igikwangari’ iteje inkeke

Aha niho haba hateraniye abaturage biganjemo urubyiruko baje kunywa Igikwangari mu murenge wa Save akagari Rwanza

Abatuye mu kagari ka Rwanza, mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, bavuga ko babangamirwa n’abanywi n’inzoga yitwa Igikwangari bemeza ko bakora urugomo nyuma yo kuyihaga. Igikwangari cyangwa nyirantare, ni inzoga y’inkorano izwi cyane mu turere twa Huye na Gisagara, ikaba igurishwa kuva ku giceri cy’ijana kuzamura, nk’uko abatuye muri kariya gace babisobanuriye […]

Jeannot Witakenge wakiniye Rayon Sports na APR FC yitabye Imana

Umunya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jeannot Witakenge, wakiniye APR FC na Rayon Sports (akanayibera umutoza) yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Mata 2020 aguye i Bukavu. Inkuru y’urupfu rwa Witakenge yemejwe na Didi Mwati Bulambo wari incuti ye ya hafi, wemeje ko yahitanwe na Kanseri yari amaze igihe […]

RDC: FDLR yishe abantu 13 barimo n’abarinzi ba Pariki ya Virunga

Abantu 13 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abarinzi ba Pariki y’igihugu ya Virunga, biciwe mu gitero bagabweho n’inyeshyamba z’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Ubuyobozi bwa Parike ya Virunga bwemeje ayo makuru, mu itangazo rivuga ko igitero cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro mu mudugudu wa Rumangabo “cyahitanye ubuzima bwa benshi, barimo abarinzi ba […]

Perezida Kagame yitabiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo n’imiti bya Covid-19

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu yifatanyije n’abakuru b’ibihugu bitandukanye ndetse n’abayobozi b’imiryango yita Ku buzima itandukanye, mu nama yari igamije kwigira hamwe uko ibihugu byafatanya mu kwihutisha gukora inkingo n’imiti bya covid-19 no kureba uko bizagerwaho ku Isi yose. Iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari iyobowe na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel […]

Umugabo yacyuye indaya agiye gutera akabariro asanga ari umugabo nka we.

Umugabo wo mu gace kitwa Kubwa mu gihugu cya Nigeria, yahuye n’uruva gusenya nyuma yo gutahana indaya iwe mu rugo yayihageza agasanga ni umugabo mugenzi we. Ngo bariya bombi bahurira muri kariya gace k’i Abuja, uwacyuwe nk’indaya yari yambaye imyambaro y’abagore. Urubuga News PHX Feeds rwavuze ko nyamugabo akibona ko uwo yari acyuye ari umugabo […]

Dr Kizza Besigye yasabye Uganda gukumira abashoferi b’amakamyo yo mu karere ku butaka bwayo

Col Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabwiye Leta y’iki gihugu ko bishobora kuzayitwara imbaraga nyinshi mu gihe yaba idakumiriye hakiri kare abashoferi batwara amakamyo yo mu karere kwinjira ku butaka bwa Uganda. Besigye yavuze ibi, mu gihe abashoferi b’akamyo atwara ibicuruzwa banduye icyorezo cya Virusi ya Corona bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi […]

Gisagara: Umuturage aravuga ko imyuka mibi irara itera amabuye mu rugo rwe

NSABIMANA Jean Pierre , uvuga ko urugo rwe ruterwa amabuye n'imyuka mibi

Umuturage witwa Nsabimana Jean Pierre, utuye mu kagari ka Kimana, mu murenge wa Musha w’akarere ka Gisagara, aravuga ko amaze igihe aterwa amabuye n’ibyo ahamya ko ari “imyuka mibi”. Uyu muturage utuye mu mudugudu wa Ramba, avuga ko bigitangira ku mugoroba wo ku wa mbere w’iki cyumweru yaketse ko ari abantu batera amabuye hejuru y’inzu […]

Kenya: 21 bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa bifata amashusho y’urukozasoni

Urubyiruko 21 bo mu gihugu cya Kenya, bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa bifatira amashusho y’urukozasoni mu kibuga cya Golf cy’ahitwa Nakuru. Uru rubyiruko rwatawe yombi ku wa gatatu tariki ya 22 Mata, nyuma yo kunanirwa kubahiriza amabwiriza yo kwambara udupfukamunwa, no kutubahiriza andi mabwiriza yashyizweho mu rwego rwo kwirinda Coronavirus Kenya ihanganye na yo. […]

Rayon Sports yirukanye Sarpong uheruka kuvuga ko perezida wayo “nta bwenge agira”

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwatangaje ko bwamaze gusezerera Umunya Ghana Michael Sarpong, nyuma y’amagambo uyu rutahizamu aheruka gutangaza kuri Munyakazi Sadatte uyobora iyi kipe. Mu kiganiro Sarpong yaherukaga kugirana n’ikinyamakuru Fun Club, yavuze ko Perezida Sadatte nta bwenge agira, ndetse ko adafite ubushobozi bumwemerera kuyobora ikipe y’ubukombe nka Rayon Sports. Ni nyuma y’icyemezo cyari […]

Minisports yamaganye icyemezo cyafashwe n’amakipe arimo Rayon Sports

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yamaganye icyemezo giheruka gufatwa n’amakipe arimo Rayon Sports, yibutsa amakipe yo mu Rwanda ko nta yemerewe guhagarika imishahara y’abakinnyi bayo yitwaje icyorezo cya COVID-19. Ni nyuma y’uko amakipe arimo Musanze FC, Espoir, Bugesera FC na Rayon Sports yamaze guhagarika by’agateganyo amasezerano y’abakinnyi bayo, yitwaje ingaruka z’ubukungu zatewe n’icyorezo cya Coronavirus […]

RDC: Perezida Tshisekedi yirukanye Gen. Kampete wari ukuriye abamurinda

Perezida Félix AntoineTshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye agize General Major Christian Songe Tshiwewe umuyobozi mukuru w’abajepe bashinzwe kumurinda (Chief escort). Byemejwe ko Tshiwewe yahawe kuyobora uriya mutwe, mu itangazo ryasohowe na Perezidansi ya Congo Kinshasa mu ijoro ryakeye. Yasimbuye General Ilunga Kampete wari waragizwe umuyobozi w’uyu mutwe muri 2014, mu gihe cya […]

Perezida Kagame yahaye ikigega n’ikigo cy’ubuvuzi bya AU inkunga ya miliyoni y’amadolari

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yatanze inkunga ingana na $500,000 mu kigega nyafurika gishinzwe gushaka ibisubizo ku cyorezo cya Coronavirus, n’andi nka yo agomba kujya mu kigo nyafurika gishinzwe ubuvuzi, Africa CDC. Ni nyuma y’inama umukuru w’igihugu yagiranye n’ubuyobozi bwa Afurika Yunze Ubumwe, abakuru b’ibihugu batandukanye n’abanyamuryango b’ihuriro ry’abayobozi bashinzwe ubucuruzi […]

Abantu 12 bahitanwe n’imvura yaraye iguye mu gihugu

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (Minema), yatangaje ko imvura yaguye mu gihugu mu ijoro ryo wa kabiri ku wa 21 Mata yatwaye ubuzima bw’abantu 12 hirya no hino mu gihugu. Iyi Minisiteri ivuga ko uretse abantu bishwe n’ibiza bikomoka kuri iriya mvura, abantu 18 bakomeretse ndetse hakanangirika ibikorwa remezo bitandukanye ndetse n’amazu 32. Imvura kandi yangije […]

Uwakiniye Uganda yagarutse ku marozi yateje imvururu bakina n’Amavubi mu 2003

Myugariro Abubakar Tabula wahoze akinira Imisambi ya Uganda, yagarutse ku marozi yateje imvururu Amavubi y’u Rwanda akina n’Imisambi ya Uganda mu myaka 17 ishize. Wari umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cyabereye muri Tunisia mu 2004, wabereye kuri Stade Mandela i Nambole 2003. Umukino wagiye uhagarikwa kenshi n’ubushyamirane bw’abakinnyi b’impande zombi, mbere y’uko […]

Nyaruguru: Koperative ibasaba amafaranga yo kugura imbuto bataragurisha umusaruro bafite

Abahinzi basaga 330 bahinga mu gishanga cya Rwoganyoni mu murenge wa Kibeho, mu karere ka Nyaruguru, bahuriye muri koperative “Jya mbere muhinzi”, bavuga ko batumva ukuntu Koperative yabo iri kubasaba amafaranga yo kugura imbuto y’ibirayi kandi ntayo bafite kuko bataragurisha umusaruro wabo w’ibigori. Museruka Venuste, ni umunyamuryango utuye mu kagari ka Mubuga. Avuga ko yarangije […]

Bwa mbere Ubwongereza bugiye kugerageza urukingo rwa COVID-19

Minisiteri y’ubuzima mu Bwongereza, yatangaje ko guhera ku wa kane w’iki cyumweru izatangira kugeragereza ku bantu urukingo rwa COVID-19 rwakozwe na Kaminuza ya Oxford yo muri kiriya gihugu. Byatangajwe na Matt Hancock, usanzwe ari umunyamabanga w’iriya Minisiteri. Kaminuza ya Oxford yakoze urwo rukingo, yavuze ko ruramutse rukoze izindi nka rwo zibarirwa muri za miliyoni zaba […]

Meddie Kagere arifuzwa na Levante yo muri Espagne

Gakumba Patrick ukurikirana inyungu za rutahizamu Meddie Kagere ukinira Simba SC yo muri Tanzania ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko uyu rutahizamu yifuzwa n’ikipe ya Levante yo mu kiciro cya mbere muri Espagne. Gakumba Abanyarwanda bazi nka Super Manager, yavuze ko Levante yabengutse Kagere ubwo yakinaga umukino wa gicuti wahuje Simba SC na Sevilla FC […]

Amakipe atanu ni yo yonyine agihemba abakinnyi bayo mu Rwanda

Icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeje gushegesha isi, cyatumye amakipe menshi muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ahagarika by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo guhera mu ntangiriro za Mata. Amakipe arimo Musanze FC, Espoir FC, Rayon Sports na Bugesera ni yo yamaze gutangaza ku mugaragaro ko yahagaritse by’agateganyo amasezerano y’abakozi bayo. Ni nyuma yo gusanga abo […]

‘Inyange Muhorakeye’, indirimbo Kayirebwa yatuye umwamikazi Rozaliya Gicanda

Umuririmbyi Cecile Kayirebwa uri kuruhembo mu njyana gakondo, afite indirimbo yise ‘Inyange Muhorakeye’ iha icyubahiro Rozaliya Gicanda, umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni indirimbo Kayirebwa avuga ko yahimbye afite imyaka 20 y’amavuko, gusa atangaza ku mugaragaro ku wa 20 Mata 2020 ubwo hibukwaga imyaka 26 ishize Umwamikazi Gicanda amaze yishwe. […]

Lesotho: Minisitiri w’intebe ushinjwa kwica umugore we yemeye kweguzwa mu cyubahiro

Guverinoma ya Lesotho yemeye ko Thomas Thabane wari Minisitiri w’intebe w’iki gihugu ahita yegura ku mirimo ye, nyuma y’igitutu yari ariho ashinjwa kwica uwahoze ari umugore we. Ubwo bwumvikane bwagezweho ku bufatanye na Afurika y’epfo yari umuhuza muri ibyo biganiro. Minisitiri Thabane yahawe isezerano ry’uko azeguzwa mu cyubahiro nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje. Cyakora […]

Tanzania: Abarwayi bashya 84 ba COVID-19 babonetse mu munsi umwe

Abantu 84 muri Tanzania bagaragayeho icyorezo cya Coronavirus kuri uyu wa 20 Werurwe, bituma umubare w’abamaze kwandura iki cyorezo muri kiriya gihugu ugera ku bantu 254. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’ubuzima muri Tanzania, Ummy Mwalimu. Minisitiri Ummy yavuze ko abishwe na Coronavirus uyu munsi ari abantu batatu, mu gihe mu banduye bashya harimo umudepite […]

Gicumbi: Abantu batandatu bishwe n’inkangu

Imvura yaguye ku cyumweru tariki ya 19 Mata, yateye inkangu zahitanye abantu batandatu bo mu karere ka Gicumbi. Ni amakuru yemejwe na Ndayambaje Felix uyobora akarere ka Gicumbi, mu kiganiro na The New Times. Ndayambaje yagize ati” Akarere ka Gicumbi kababajwe no gutangaza urupfu rw’abaturage batandatu bako bishwe n’inkangu zatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice […]

Madagascar: Umukuru w’Igihugu yatangaje ko bagiye kumurika umuti wa COVID-19 bakoze

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje ko igihugu cye cyateye intambwe y’ibanze mu rugamba rwo gushaka umuti w’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru Perezida Rajoelina yemeje abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, aho yavuze ko uyu muti ukoze mu bimera gakondo byo muri kiriya gihugu uza kumurikwa kuri uyu wa mbere. Perezida Rajoelina yagize […]

Uganda: Leta yanze umugambi wa Bobi Wine wo gucyura Abagande baheze mu Bushinwa

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, yanze icyifuzo cya Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wari wari ufite umugambi wo gucyura Abagande n’abandi Banyafurika baheze mu Bushinwa. Ku wa 15 Mata Bobi Wine yari yandikiye Minisitiri w’Intebe, Dr. Ruhakana Rugunda, amubwira ko ku bufatanye n’umucuruzi w’Umunyamerika Neil Nelson bashaka kuvana mu Bushinwa abantu 285, barimo […]

Igitutu cyo kweguzwa cyatumye Minisitiri w’Intebe wa Lesotho arunda ingabo mu murwa mukuru

Minisitiri w’Intebe wa Lesotho, Thomas Thabane, ushinjwa kwica uwahoze ari umugore we, yasutse abasirikare ku mihanda yo mu murwa mukuru Maseru ngo bagarure amahoro mu gihugu. Minisitiri Thabane ashinjwa kwivugana Lipolelo Thabane wahoze ari umugore we wishwe muri 2017. Avugira kuri Televiziyo y’igihugu ejo ku wa gatandatu, yavuze ko hari abafite mu nshingano kugenzura ishyirwa […]

Kwambara agapfukamunwa mu rugo no hanze byabaye itegeko

Leta y’u Rwanda yashyizeho ibwirizwa rishya rivuga ko Umunyarwanda wese uri mu rugo no hanze ategetswe kwambara agapfukamunwa, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus. Byatangajwe na Minisitiri w’ubuzima, Dr Daniel Ngamije, mu kiganiro n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA. Minisitiri Ngamije yavuze ko abantu bakwiye gukoresha udupfukamunwa nk’ubundi buryo bwo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo, […]

Neymar Jr yagaragaye muri filime y’uruhererekane ‘La casa de Papel’

Umunya Brésil, Neymar Jr ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yakabije inzozi ze agaragara muri filime y’uruhererekane ‘Money Heist’ abenshi bazi nka ‘La Casa de Papel’. Uyu musore uri mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bakunzwe, agaragara muri gice cya gatatu cy’iyi filime, aho akina nk’umu-monk yitwa Joao. Neymar cyangwa Joao, agaragara mu gace (episode) ka […]

Abba Kyari wari ikegera cya hafi cya Perezida wa Nigeria yishwe na COVID-19

Abba Kyari wari ukuriye abakozi kwa Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria akaba n’umwe mu Bajyanama be ba hafi, yitabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe na Perezidansi ya Nigeria, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatandatu igira iti” Tubabajwe no kubika urupfu rwa Abba Kyari” wabaye umuzamu wa Perezida w’igihugu gituwe kurusha […]

Uganda : Guverinoma irashinjwa guha abaturage batishoboye ibishyimbo by’ibibore

Inteko ishinga amategeko ya Uganda na Guverinoma y’iki gihugu, ntibavuga rumwe ku kibazo cy’ibishyimbo by’ibipfu byahawe abatishoboye nk’imfashanyo yo kubagoboka mu gihe cya guma mu rugo, hirindwa ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Umudepite mu nteko ya Uganda witwa Winfred Kiiza , aherutse gutangaza ko Leta y’iki gihugu iri guha abaturage ibishyimbo by’ibibore, asaba ko […]

Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yongereye igihe cya guma mu rugo

Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 iyobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongereye igihe cyo kuguma mu rugo kugeza ku wa 30 Mata 2020. Iyi nama yabaye mu buryo bw’iyakure ry’amashusho, ikaba yari igamije kwiga ku cyorezo cya COVID-19. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashimiye Abanyarwanda ubufatanye bagaragaje mu kurwanya icyorezo […]

Fan Clubs za Rayon Sports zagabanye abakinnyi kugira ngo bafashwe

Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abafana ba Rayon Sports ku rwego rw’igihugu (Rayon Sports Fan base), bwafashe icyemezo cyo gusaranganya abakinnyi b’iyi kipe amahuriro y’abafana bayo kugira ngo abafashe kubaho muri iki gihe cya guma mu rugo. Ni amakuru yemejwe na Mike Runiga uyobora Fan base ya Rayon Sports ku rwego rw’igihugu, aho yavuze ko buri fan Club […]

Abantu 47 bamwe mu baheruka kuvanwa mu mashyamba ya Congo barafunzwe

Minisitiri w’Ubutabera, Johnson Busingye, yavuze ko abantu 47 bari mu batahutse baturutse mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi bafunzwe nyuma yo gusanga bari barahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Minisitiri Busingye yabwiye The New Times ko abo ari bo bashyikirijwe ikigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa RCS, bakaba bafungiye mu magereza atandukanye hirya no hino mu […]

2020: Umwaka ubihiye Abanyarwanda nyuma y’igihe bawutegereje

Amezi akabakaba kuri atanu yihiritse Abanyarwanda (n’Isi muri rusange) batangiye umwaka wa 2020, nyuma y’igihe kirekire bari bamaze bawutegereje. Ni umwaka washyizweho muri 2000, ubwo Guverinoma y’u Rwanda yihaga icyerekezo 2020, nk’ingamba y’igihe kirekire ku iterambere ry’u Rwanda, nyuma y’uruhererekane rw’ibiganiro ngishwanama byabereye muri “Village Urugwiro” hagati y’umwaka wa 1998 ‘uwa 1999. Uwavuga ko imyaka […]

Uganda: Abakinnyi n’abafana bahawe umuceri wo kurya

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Uganda, FUFA, ryatangaje ko ryageneye abakinnyi, abayobozi n’abafana b’amakipe yo muri kiriya gihugu inkunga y’umuceri wo kurya, mu rwego rwo kubafasha kubaho mu gihe cya guma mu rugo. Ni nyuma y’uko icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeje gushegesha isi cyanageze muri Uganda, kigakoma mu nkokora imibereho y’abaturage barimo n’abari batunzwe b’umupira […]

Uganda: Umuzamu w’ikipe yo mu kiciro cya mbere yarashwe na Polisi

Polisi ya Uganda ikorera mu gace ka Jinja, yarashe Larzarus Obelajo usanzwe ari umuzamu w’ikipe ya Busoga United yo mu kiciro cya mbere. Uko kurasana kwabereye mu kirwa cya Kisima giherereye mu kiyaga cya Victoria. Uwo mukinnyi yarashwe mu ijoro ryo ku wa gatatu w’iki cyumweru, ubwo Polisi yageragezaga gukura abantu mu muhanda ngo bajye […]

Uburusiya n’Ubufaransa byamaganye Trump

Abayobozi mu bihugu by’Ubufaransa n’Uburusiya, bamaganye icyemezo cya Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika wahagaritse inkunga igihugu cye cyageneraga Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS. Ni icyemezo Perezida Trump yatangarije itangazamakuru ko yafashe, nko kuryoza OMS imicungire mibi yayo no kuba yarananiwe kuzuza inshingano zayo z’ibanze ngo ikumire icyorezo cya Virusi […]

Espoir FC yabaye indi kipe mu Rwanda ihagaritse imishahara y’abakozi bayo

Ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi, yabaye ikipe ya gatatu izwi muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ihagaritse imishahara y’abakinnyi bayo, kubera ubukene bwatewe n’icyorezo cya Virusi ya Corona. Mu ibaruwa iyi kipe yandikiye abakozi bayo (Bwiza yashoboye kubonera kopi), yababwiye ko “Uhereye ku wa 15 Mata 2020, amasezerano bagiranye na […]

Afurika y’Iburasirazuba ishobora guterwa n’inzige zikubye incuro 20 izihahaheruka

Umuryango w’Abibumbye uraburira ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ko mu minsi iri imbere bishobora kuzaterwa n’igitero cya kabiri cy’inzige, zikubye incuro 20 izahageze mu mezi make ashize. Iki gitero cya kabiri cy’inzige nk’uko Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku bihingwa bw’ibiribwa FAO ribisobanura, kijyana n’uko hari ibyana byinshi biri guturagirwa mu bihugu bya Ethiopia, Kenya na Somalia […]

Mu Rwanda hagaragaye abantu babiri banduye COVID-19 uyu munsi

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko wa gatatu tariki 15 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu 2 barwaye Coronavirus, mu bipimo 923 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 136 (muri aba 54 bakaba barakize, barimo 6 bakize mu masaha 24 ashize). Minisante ivuga ko abo byatahuwe ko bahuye […]

Musenyeri Gérald Mulumba wari se wabo wa Tshisekedi yitabye Imana

Musenyeri Gérard Mulumba wari ukuriye abarinda urugo rwa Perezida wa Repibulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi akaba na se wabo, yitabye Imana kuri uyu wa gatatu. Amakuru avuga ko Mulumba usanzwe ari umuvandimwe wa nyakwigendera Étienne Tshisekedi yaguye i Kinshasa, akaba yari arwaye Coronavirus. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’abagize umuryango we.Musenyeri Mulumba witabye […]

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa ubugira kane

Inama idasanzwe ya 21 yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yari iteganyijwe kuri uyu wa gatatu, yongeye gusubikwa, iba incuro ya kane iyi nama isubitswe. Amakuru y’isubikwa ry’iyi nama yemejwe na Dr Vincent Biruta, umuyobozi w’inama y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba akaba na Minisitiri w’ubanyi n’amahanga w’u Rwanda; mu ibaruwa yandikiye umunyamabanga mukuru […]

Trump yasabye guhagarika inkunga Amerika yageneraga OMS

Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko yasabye ubuyobozi bwe guhagarika inkunga Amerika yageneraga ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima, OMS. Perezida Trump muri iyi minsi uri ku gitutu gikomeye, yashinje OMS “kunanirwa inshingano zayo z’ibanze”, ibyatumye icyorezo cya Virusi ya Corona gikomeza gushegesha isi. Aganirira n’itangazamakuru muri White House yagize […]

Goma/Bukavu: Abayoboke ba Kamerhe mu myigaragambyo ikomeye batitaye kuri Coronavirus

whatsapp_image_2020-04-14_at_14.40.14.jpg

Mu mijyi ya Goma na Bukavu muri Kivu zombi, mu burasirazuba bwa Congo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Mata hadutse imyigaragambyo y’abayoboke b’ishyaka rya UNC basabaga gufungura byihuse umuyobozi wabo, Vital Kamerhe, kuri ubu ufunze arimo gukorwaho iperereza ku ikoreshwa ry’amafaranga yari agenewe “Gahunda y’Iminsi 100” ya Perezida Felix Tshisekedi yo guhangana n’icyorezo cya […]

Museveni yongereye guma mu rugo, mu Rwanda na ho hari ibyago by’uko yakongerwa

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yongereye igihe cya gahunda yo kuguma mu rugo ku baturage ba Uganda, mu gihe Abanyarwanda na bo bafite ibyago byinshi by’uko Guverinoma ishobora kongera iki gihe. Perezida Museveni mu ijambo yagejeje ku Banya-Uganda ku manywa yo kuri uyu wa kabiri, yababwiye ko gahunda ya guma mu rugo yongeweho ibyumweru bitatu, uhereye […]

Umurinzi wa Perezida Kenyatta yatawe muri yombi azira gusuzugura General

Mu ijoro ryo ku cyumweru ku wa 12 Mata, umwe mu barinzi ba Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, yatawe muri yombi na Polisi ya kiriya gihugu nyuma yo gushwanira ku muhanda n’umwe mu basirikare bakomeye. Amakuru avuga ko uwo musirikare yatawe muri yombi akanamburwa imbunda yari afite, ariko ntafungwe igihe kirekire nyuma y’amabwiriza yatanzwe n’umuyobozi […]

Ivan Rakiti? yabwiye FC Barcelona ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ ikoresha icyo ishatse

Umunya-Croatia Ivan Rakitic ukinira FC Barcelona, yabwiye iyi kipe ko ari we ufite mu biganza ahazaza he, yongeraho ko atari ‘umufuka w’ibijumba’ iriya kipe yakoresha icyo ishatse. Aya magambo Rakitic ukina hagati mu kibuga muri FC Barcelona, yayatangaje ubwo yagiranaga ikiganiro cyihariye n’ikinyamakuru Mundo Deportivo. Yagarukaga ku buryo abayeho muri iyi kipe y’i Catalunya, ndetse […]

Abakuru b’ibihugu bya EAC bagiye guhurira mu nama yiga kuri COVID-19

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bazatarena ku wa gatatu taliki ya 15 Mata 2020 mu nama izaba yiga ku cyorezo cya Virusi ya Corona. Ni amakuru yemejwe na Dr Vincent Biruta, umuyobozi w’inama y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu itangazo rigenewe ibihugu binyamuryango bya EAC. Iyi nama y’abakuru b’ibihugu izaba hifashishijwe uburyo bw’iyakure […]

U Burundi bwongeye kwemerera amakamyo aturutse mu Rwanda kwinjira ku butaka bwabwo

Guverinoma y’u Burundi yongeye gufungura imipaka y’iki gihugu ku makamyo atwara ibicuruzwa aturutse mu Rwanda no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibyumweru bibiri iki gihugu cyarayifunze ku mpamvu zari ziswe izo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Virusi ya Corona. Ku wa 30 Werurwe ni bwo u Burundi bwari bwahagaritse amakamyo atwara ibicuruzwa by’ibihugu byo […]