Un suspect de gĂ©nocide quitte dĂ©finitivement les États-Unis aprĂšs sa dĂ©naturalisation

Un natif du Rwanda, rĂ©sidant le plus rĂ©cemment Ă  Buffalo, New York, a Ă©tĂ© dĂ©naturalisĂ© par consentement et a quittĂ© les États-Unis en vertu d’une ordonnance d’expulsion Ă  la suite du dĂ©pĂŽt d’une plainte citant son implication prĂ©sumĂ©e dans le gĂ©nocide contre les Tutsis en 1994. Selon des documents judiciaires, Peter Kalimu, alias Pierre Kalimu, […]

Umunyarwanda wabeshye ngo abone ubwenegihugu yarabwambuwe

Umunyarwanda wari utuye mu gace ka Buffalo, muri New York, yambuwe ubwenegihugu bwa Amerika anirukanwa muri iki gihugu nyuma yo kubeshya imyirindoro ye kandi ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Nk’uko bigaragara mu nyandiko z’urukiko, Peter Kalimu, uzwi ku izina rya Pierre Kalimu, uzwi kandi ku izina rya Fidele Twizere, […]

Uganda: Abashinwa 5 bafashwe bagiye kwica umushoramari mwene wabo w’Umushinwa

Abayobozi b’igipolisi kuri station nkuru ya Kampala n’abayobozi mu rukiko rwa Buganda baravugwaho akagambane mu gushaka kurekura abicanyi 5 b’Abashinwa bari bavuye mu gihugu cyabo bagiye kwica umushoramari w’Umushinwa mugenzi wabo ukorera mu Karere ka Mpigi muri Uganda. Abakekwaho gushaka kwica ni Chen Jianwen, Chen Jiannting, Hen Shuqin, Lin Jinfen na Calvin Li Kang Yuan […]

Papa Fransisiko yakiriye Perezida Biden witabiriye inama ya G-20 i Roma

Perezida Joe Biden kuri uyu wa Gatanu yahuye na Papa Fransisiko I Vatican, mu ruzinduko rufatwa nk’urwe ku giti cye mmbere y’inama y’abayobozi b’ibihugu 20 bikize kurisha ibindi ( G-20) igomba kubera i Roma guhera kuri uyu wa Gatandatu, itariki 30 kugeza ku Cyumweru itariki 31 Ukwakira 2021. Biden ashobora kuganira na Papa ku bibazo […]

Koreya ya Ruguru ifite aba ‘special forces’ benshi kurusha ibindi bihugu n’imyitozo ihambaye

25e8b172dc292e86c67bb22501a48467.jpg

Koreya ya Ruguru ikunze gukangisha abo bahanganye kubasenya ikoresheje intwaro za kirimbuzi, kandi nubwo ubukungu bwifashe nabi mu bukungu n’imibereho myiza, iki gihugu cyaba gifite ubushobozi bwo gutangiza intambara ishobora guhitana ibihumbi magana, cyangwa za miliyoni. Intwaro za kirimbuzi, misile zo mu bwoko bwa ballistique, ibihumbi by’ibibunda bya rutura, hamwe na miliyoni isaga y’abasirikare ni […]

Tigray: Igitero cy’indege za Ethiopia cyahitanye abantu 10 abandi barakomereka

Igisirikare cya Ethiopia cyakomeje ibitero by’indege mu murwa mukuru w’intara ya Tigray, aho umwe mu bayobozi b’ibitaro byo mu Mujyi wa Mekelle avuga ko igitero cyo kuri uyu wa Kane cyahitanye abantu 10 kigakomeretsa abandi basaga 20. Guverinoma ya Ethiopia ivuga ko iki gitero, kije gikurikira ibindi imaze iminsi igaba kuri Mekelle, cyibasiye uruganda rukoreshwa […]

U Rwanda na Tanzania byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bwirinzi

fcy3l4qvubemqgh.jpg

Kuri uyu wa kane, itariki ya 28 Ukwakira, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda n’uwa Tanzaniya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu by’ubwirinzi mu gusoza inama ya komisiyo ihuriweho ihoraho (JPC) yabereye i Dar es Salaam, muri Tanzaniya muri iki cyumweru. Intumwa y’u Rwanda muri Tanzaniya, Maj Gen Charles Karamba, yavuze ko inama y’abaminisitiri yari iyobowe […]

Iburasirazuba: Uturere tune dushobora kubona abayobozi bashya

Uturere tune two mu Ntara y’Iburasirazuba dushobora guhabwa abayobozi bashya mu gihe utundi dutatu dusigaye ari two dushobora kugumana abayobozi batwo hagendewe ku rutonde rw’agateganyo rwa Komisiyo y’amatora. Muri utwo turere, tubiri, Kirehe yayoborwaga na Muzungu Gerald kuva mu Ukuboza 2014, na Ngoma yayoborwaga na Nambaje Aphrodis kuva muri Gicurasi 2012 tuzayoborwa n’abayobozi bashya kubera […]

Burundi: Imbonerakure ziri guhabwa imyitozo ya gisirikare

Abaturage bo muri Komini ya Kibago bahangayikishijwe n’imyitozo ya gisirikare imaze iminsi ihabwa Urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD ruzwi nk’Imbonerakure bivugwa ko uru rubyiruko ruturuka mu ntara zitandukanye zigahurira kuri site iherereye mu mudugudu wa Rubimba muri Zone ya Kibago. Ikindi, imodoka z’urwego rushinzwe ubutasi zihora mu rujya n’uruza muri ako gace. Izi Mbonerakure zihangayikishije bamwe mu […]

Sudani yirukanye ba ambasaderi ba yo 6 mu bihugu birimo USA n’u Bufaransa

Igisirikare kiri ku butegetsi bwa Sudani cyirukanye abambasaderi batandatu mu gihe hakomeje ibikorwa byo guca intege abari mu myigaragambyo hirengagijwe igitutu cy’amahanga yamagana ihirika ry’ubutegetsi ryo kuwa Mbere ushize. Iki cyemezo cyatangajwe kuwa gatatu mu bitangazamakuru bya Leta, kivuga ko abahagarariye Sudani muri Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bushinwa, Qatar, u Bufaransa ndetse n’umuyobozi […]

Muhanga: Ubushinjacyaha bukurikiranye ushinjwa kwicisha umugore we umuhini

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Mahanga mu ntangiriro z’iki cyumweru bwaregeye mu buryo bwihuse dosiye bukurikiranyemo umugabo wishe umugore we amukubise umuhini, akaba afungiwe by’agateganyo kuri Station ya Polisi ya Ruhango. Ni icyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Sahara, Akagari ka Gisanga, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, Intara y’Amajyepfo, akaba yarakubise umuhini umugore we babanaga […]

Afurika y’Epfo: Umucamanza yateye utwatsi ubusabe bwa Jacob Zuma

Umucamanza muri Afrika y’Epfo yateye utwatsi ubusabe bwa Jacob Zuma wahoze ari perezida w’iki gihugu bwo gukuraho umushinjacyaha uri mu rubanza rwe aregwamo icyaha cya ruswa yareze kumena amabanga ajyanye n’ubuzima bwe. Jacob Zuma ushinja uyu mushinjacyaha kuba afite uruhande abogamiyeho yasabye urukiko rukuru rwo mu Mujyi wa Pietermaritzburg kumuhindura. Ku myaka 79, Zuma ahakana […]

Buruseli: Dr Denis Mukwege yihutanwe mu bitaro aho agomba kubagwa byihuse

Umunyekongo, Dr Denis Mukwege uzwiho ubwitange mu guharanira indishyi z’abagore bahohotewe mu gihugu cye mu bihe by’intambara akaba aherutse no kwegukana igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, ari mu bitaro by’i Buruseli mu Bubiligi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Ukwakira, n’ikinyamakuru cyo mu Bubiligi “lesoir.be”. Dr Mukwege ari mu Bubiligi aho yageze mu rwego […]

Quatre arrĂȘtĂ©s pour trafic d’ivoire en provenance de la RD Congo

Le Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB) a en garde Ă  vue quatre personnes dĂ©tenues pour trafic prĂ©sumĂ© de produits provenant d’animaux en voie de disparition tels que l’ivoire d’Ă©lĂ©phant. Ils ont Ă©tĂ© capturĂ©s alors qu’ils utilisaient le Rwanda comme pays de transit pour faire passer en contrebande 45 kilogrammes d’ivoire de la RĂ©publique dĂ©mocratique du […]

Burkina Faso: Uregwa mu rubanza ku iyicwa rya Sankara yemeye uruhare rwe

Kuri uyu wa Kabiri umwe mu basirikare baregwa muri dosiye y’iyicwa rya Thomas Sankara yemeye uruhare rwe rwo kuba yarafashije gutwara agatsiko k’abakomando bamwishe mu myaka 34 ishize. Urubanza ku iyicwa rya Thomas Sankara rwafunguwe kuwa Mbere mu Rukiko rwa Gisirikare rwa Ouagadougou ruri gukurikiranirwa hafi n’abaturage ba Burkina Faso, aho benshi bizera ko ruzagaragaza […]

Sudani yahagaritswe mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wavuze ko wahagaritse Sudani mu bikorwa byawo byose nyuma y’uko ingabo z’iki gihugu zihiritse guverinoma y’inzibacyuho iyobowe n’abasivili . Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Ukwakira 2021, uyu muryango w’ibihugu by’Afurika wavuze ko iryo hagarikwa rizagumaho kugeza hasubijweho guverinoma y’inzibacyuho izayobora igihugu mu matora. Kuwa Mbere, […]

Elon Musk agiye kuba uwa mbere wujuje miliyari 300$ nyuma yo kunguka 36 mu munsi umwe

Elon Musk vuba aha ashobora kuba umuherwe wa mbere ku Isi wujuje miliyari 300$ mu mateka y’Isi arusha umukuriye hafi miliyari 100$. Uyu muyobozi wa sosiyete ya Tesla, akaba n’umuherwe wa mbere ku Isi kuri ubu umutungo we wiyongereyeho miliyari 36$ kuwa Mbere ushize nyuma y’aho imigabane y’iyi sosiyete ikora imodoka zikoreshwa n’amashanyarazi izamutseho 12,7% […]

Nyamagabe: Umugabo arashinjwa kwica mugenzi we bari biriwe basangira mu kabari

Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Ukwakira bwaregeye urukiko ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo dosiye iregwamo umugabo ukurikiranyweho icyaha cyo kwica mugenzi we witwa Uwizeyimana Cyprien bari biriranywe mu kabari basangira. Ibyo byabaye ku itariki ya 14 Ukwakira 2021 mu gihe cya 05h30’ za mu gitondo, mu Mudugudu wa Ryanyirataba, Akagari […]

Sudani: Minisitiri w’Intebe, Abdalla Hamdok yarekuwe

Minisitiri w’Intebe wa Sudani, Abdalla Hamdok yaraye arekuwe n’abasirikare bafashe ubutegetsi asubira iwe mu rugo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nk’uko byatangajwe n’ibiro bye. Hamdok yari afungishijwe ijisho mu gihe abandi baminisitiri n’abandi bayobozi b’abasivili bamaganye ihirika ry’ubutegetsi bagifunzwe nyuma y’aho abasirikare basenye inzego z’igihugu kuwa Mbere. AFP yatangaje ko Hamdok yarekuwe nyuma […]

Umuryango w’Abibumbye urifuza kongera ingabo z’u Burundi muri Centrafrica

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko wifuza kongera ingabo z’u Burundi mu bikorwa byawo byo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Centrafrica. Umunyamabanga wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano, Jean Pierre La Croix, yabivuze aho ari mu rugendo yabonaniyemo n’abategetsi b’u Burundi barimo umukuru w’igihugu Evariste Ndayishimiye. Ibinyujije kuri twitter minisiteri y’ububanyi n’amahanga […]

Umukobwa wa Museveni aritegura gushyiranwa n’umuhungu wa Gen. Tumukunde

screenshot_20211026-085036_lite.jpg

Umukobwa wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Dr Angela Kakishozi, yerekanye ku mugaragaro umukunzi we wo kuva kera, Amanya Tumukunde, umuhungu Gen. Henry Tumukunde mu muhango gakondo wabereye i Lyantonde muri iyi weekend ishize. Uyu muhango wabaye kuwa gatandatu ushize, witabiriwe n’inshuti n’abavandimwe bo mu miryango yombi barimo abavandimwe ba Perezida Museveni, Shedrick Nzeire na Micheal […]

Le Rwanda et le Sénégal commenceront la fabrication de vaccins à la mi 2022

BioNTech SE a annoncĂ© mardi son intention de construire une usine de fabrication de vaccins Ă  base d’ARNm en Afrique Ă  la mi-2022. Il s’agit de la prochaine Ă©tape des efforts de BioNTech pour mettre en Ɠuvre des solutions durables d’approvisionnement en vaccins de bout en bout sur le continent. La dĂ©cision est le rĂ©sultat […]

U Bufaransa: Koffi Olomide yasabiwe imyaka 8 y’igifungo

Umuhanzi Koffi Olomide yasabiwe gufungwa imyaka 8 nyuma y’aho urubanza akurikiranwemo gufata ku ngufu abakobwa bari ababyinnyi be rusubukuriwe kuri uyu wa Mbere. Koffi Olomide ari kuburanishwa n’Urukiko rw’Ubujurire rwa Versailles muri Paris ku byaha byo gusambanya ku ngufuabakobwa bane bahoze ari ababyinnyi be ndetse no kubakubita. Uyu muhanzi w’icyamamare mu njyana ya Lumba ubwe […]

Umunsi Abongereza batwitse White House bihorera ku gitero cy’Abanyamerika

tmp576795880363917313.png

Ku itariki ya 24 Kanama mu 1814, mu gihe cy’ “Intambara yo mu 1812” hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, Ingabo z’Abongereza zinjiye muri Washington D.C. zitwika White House zihorera ku gitero ingabo z’Abanyamerika zari zagabye ku mujyi wabo wa York, muri Ontario ho muri Canada muri Kamena 1813. Ubwo Abongereza bageraga […]

Lt. Gen. Muhoozi yongeye kuburira abantu batekereza ko batsinda Abachwezi

c-39.jpg

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni, yongeye kuburira abantu batekereza ko bashobora kubatsinda we na se nk’abantu bakomoka mu bwami bw’Abachwezi. Mu mwaka ushize nibwo uyu muhungu wa Museveni icyo gihe wari umujyanama wihariye wa se, yatangaje ko kuba umuryango wabo ufitanye isano na dynasty […]

Perezida Erdogan yisubiye ku kwirukana ba ambasaderi 10 nyuma yo kumusaba imbabazi

Kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yisubiye ku cyemezo cyo kwirukana ba ambasaderi 10 bo mu bihugu byo mu burengerazuba kubera itangazo bahuriyemo ryo gushyigikira umuyobozi w’umuryango utegamiye kuri leta ufunzwe. Erdogan yavuze ko mu mpera z’icyumweru gishize yategetse ko aba ba ambasaderi batangazwa ko batagifite ikaze mu gihugu “persona non […]

U Rwanda n’u Burundi byiyemeje gufatanya kurwanya imitwe yitwaje intwaro

Ba Guverineri b’Intara y’Iburasirazuba n’uw’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, na bagenzi babo bo mu Ntara ya Muyinga n’iya Kirundo mu Burundi, biyemeje gufatanya byimbitse mu gukemura ibibazo by’umutekano ku mipaka ibihugu byombi bihuriyeho. Ibi aba bayobozi babigarutseho kuri uyu wa Mbere mu biganiro bagiranye bigamije gutsura umubano w’ibihugu byombi, byabereye ku mupaka wa Nemba. Muri iyi […]

Uwahoze ari intasi yemeje ko Igikomangoma Bin Salman cyaba cyarishe Umwami Abdullah

1_67ebgdpqas3o__gpgcgcvq.png

Uwahoze ari umuyobozi mukuru mu butasi bwa Arabiya Sawudite wakoranye n’Amerika mu kurwanya iterabwoba yatangarije mu kiganiro ” 60 Minutes” cya CBS cyatambutse kuri iki Cyumweru, itariki 24 Ukwakira, ko igikomangoma cy’ikamba Mohammed bin Salman (MBS)yigeze gukomoza ku kwica umwami arimo kuganira mu 2014. Byavuzwe na Saad al-Jabri wahoze akomeye mu rwego rw’ubutasi uri mu […]

U Rwanda nicyo gihugu cyonyine muri Afurika ku rutonde rw’ibihugu 10 bitekanye

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa gatandatu mu bihugu 10 bya mbere ku Isi bifite umutekano ku bantu bifuza gukora urugendo bonyine cyangwa “Solo travellers”. Nicyo gihugu cyonyine cya Afurika kiri ku rutonde. Urutonde rukorwa na usebounce.com mu rwego rwo gufasha abagenzi guhitamo aho bakorera ibiruhuko bonyine. Urubuga rwatangaje ko rwatangaje ko urutonde rwarwo rushingiye […]

Le Rwanda parmi les pays les plus sûrs pour les voyageurs en solo

Le Rwanda a Ă©tĂ© classĂ© sixiĂšme parmi les 10 pays les plus sĂ»rs au monde pour les voyageurs en solo. C’est le seul pays africain sur la liste. Le classement rĂ©alisĂ© par usebounce.com afin d’aider les voyageurs Ă  choisir leur futur lieu de vacances en solo. Le site internet qui propose des consignes Ă  bagages […]

Burkina Faso: Hasubukuwe urubanza ku iyicwa rya Thomas Sankara

Kuri uyu wa Mbere, i Ouagadougou muri Burkina Faso hasubukuwe urubanza ku iyicwa rya Thomas Sankara wishwe ku itariki ya 15 Ukwakira 1987 nyuma y’ibyumweru bibiri rusubitswe. Ni urubanza rwatangiye ku itariki 11 Ukwakira mu rukiko rwa gisirikare nyuma y’imyaka 34 Sankara yishwe muri coup d’etat yashyize ku butegetsi Blaise Compaore uregwa muri uru rubanza. […]

Katumbi, Kabila na Fayulu bishyize hamwe mu kurwanya icyemezo cya Tshisekedi

Ishyirwaho ry’itsinda ry’ubuyobozi bushya bwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (Ceni) ryateje impagarara muri RDC ariko rinatuma habaho kwiyunga hagati y’abanzi. Nk’uko byari byitezwe, imitwe myinshi ya politiki n’imiryango itegamiye kuri leta irwanya ishyirwaho ry’abayobozi bashya ba komisiyo y’amatora bashyizweho n’umukuru w’igihugu, FĂ©lix Tshisekedi, yishyize hamwe kugira ngo yitambike iki cyemezo […]

Green Party yirukanye abayoboke bashinjwa gushaka kuyisenya nabo bati turabifata nk’ibihuha

photo_sg.jpg

Tuyishime Jean Deogratious na Mutabazi Ferdinand abarwanashyaka b’ishyaka rya Green Party rivuga ko byagaragaye ko bafite imigambi mibisha kandi y’ubugambanyi yo gusenya Ishyaka birukanwa burundu na Komite Nyobozi Nshingwabikora y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) nyuma yo kugirwa Inama na Komite Nkemurampaka y’Ishyaka, kuwa 24 Ukwakira 2021. Abirukanwe bo bavuga ko babyumva […]

Ubuzima bwa Kim Jong Un bukomeje kwibazwaho, haba hari gutegurwa umusimbura

kim-yo-jong-1x1-gettyimages-1128333851.jpg

Bake mu bayobozi b’Isi ni bo bakurikiranirwa hafi kandi batwikiriwe n’amayobera nka Kim Jong Un. Amacenga ya politiki na dipolomasi ni yo akomeje kuvugwa kuri uyu muyobozi, bikekwa ko ari mu mpera z’imyaka 30 uri ku butegetsi kuva mu 2011. Hari ibihuha bikomeje kuvuga ko ubuzima bwe bwaba butifashe neza ndetse ko amakuru ye ya […]

U Bufaransa: Koffi Olomide ategerejwe mu rubanza aregwamo gufata ku ngufu

Kuri uyu wa Mbere umuririmbyi Koffi Olomide ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Versailles mu Bufaransa aho akurikiranweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye abakobwa bane b’ababyinnyi be. Umwe mu bakobwa bemeza ko bahohotewe na Koffi OlomidĂ© avuga ko yabajyanaga mu mahoteli akabasambanya ku ngufu, ndetse hari n’igihe yabahohoteraga bari […]

Abaminisitiri basaga 60 b’ububanyi n’amahanga muri EU na AU mu nama i Kigali

Abantu bagera kuri 500 barimo abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga barenga 60 bo mu Muryango w’Ububanyi n’u Burayi (E.U) n’abo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Ukwakira barateranira i Kigali mu nama ya 2 y’iminsi ibiri y’abaminisitiri ihuza iyi miryango. Ni inama ya mbere ibaye kuva muri Mutarama 2019. Biteganijwe […]

FARDC yafashe umugore w’umuyobozi wungirije wa ADF ushinzwe ubutasi

hjk.jpg

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Ukwakira, ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) zatangaje ko ifatwa rya Namoli Nangida, umwe mu bagore ba Amigo, wungirije umuyobozi wa ADF. Amigo ashinzwe ubutasi n’ibikorwa. Uyu mugore we yafatiwe mu mujyi wa Kasindi, ku mupaka na Uganda nk’uko bitangazwa n’urubuga politico.cd dukesha iyi nkuru. Yafashwe ari […]

Igisirikare cya Ethiopia gikomeje ibitero by’indege muri Tigray

Igisirikare cya Ethiopia cyagabye ikindi gitero cy’indege mu majyaruguru ya Tigray, nk’uko byatangajwe mu itangazo rya guverinoma nyuma gato yo kuvuga ko yagabye ikindi mu burengerazuba bwa Tigray. Ibitero byo kuri iki Cyumweru bibaye icya karindwi n’icya munani mu by’indege z’intambara za Ethiopia mu cyumweru. Umuvugizi wa guverinoma, Selamawit Kassa, yagize ati: “Uyu munsi uburengerazuba […]

Hari impungenge ko virusi y’imbasa iheruka mu Rwanda mu 1993 ishobora kugaruka

Virus itera imbasa iheruka mu Rwanda mu 1993 hari impungenge z’uko ishobora kugaruka mu gihugu iturutse mu bihugu by’abaturanyi nka Uganda aho iherutse gutahurwa. Ubushakashatsi bwakozwe muri Uganda muri Kamena bwagaragaje ko hatahuwe virusi itera imbasa mu myanda y’abantu (amazirantoki) yasuzumwe cyane ko iyo virusi ikurira mu mara y’umuntu ku buryo uyifite ayituma n’undi wese […]

Perezida Ndayishimiye yitabaje Perezida Suluhu mu kurwanya RED-Tabara

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye uri mu ruzinduko mu gihugu cya Tanzania kuva kuwa Gatanu, yasabye Perezida Samia Suluhu kumutera inkunga yo kurwanya umutwe yita uw’iterabwoba uyobowe na Alexis Sinduhije uri mu buhungiro hanze y’igihugu. Perezida Samia Suluhu yakiriye mugenzi we w’u Burundi kuwa gatanu mu murwa mukuru wa politiki Dodoma, bagirana ibiganiro mu muhezo, […]

Perezida wa Turkiya yategetse iyirukanwa rya ba ambasaderi b’ibihugu 10

Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan yateye intambwe ya mbere yo kwirukana mu gihugu cye ba ambasaderi b’ibihugu 10 byo mu burengerazuba bw’Isi birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Budage, Canada, Denmark, Finland, u Bufaransa, u Buholandi, New Zealand, Norvege na Sweden bazira gusaba ifungurwa ry’umunyemari Osman Kavala unayobora sosiyete sivile yo muri iki […]

Cibitoke: Indi mirambo yabonetse yujuje imirambo 16 imaze kugaragara mu minsi 10

Imirambo ibiri (abagabo) yabonetse muri iki gitondo mu mirenge ya Munyika 1 na Mparambo 2 muri komini ya Rugombo mu ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi). Abaturage bakeka ko urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure, ari rwo rwagize uruhare muri ubwo bwicanyi bubiri. Ubuyobozi bwa komine buvuga ko bwatangiye iperereza. Umugabo […]

Uganda: Impirimbanyi zirwanya umushinga wa peteroli wa Total zikomeje gufungwa

Abarwanya iyangizwa ry’ibidukikije kuri uyu wa Gatandatu bamaganye itabwa muri yombi ry’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu esheshatu zo muri Uganda bavuga ko iki ari igikorwa cyo gucecekesha abanenga umushinga w’ingufu utavugwaho rumwe w’igihangange mu bucukuzi bwa peteroli cyo mu Bufaransa, Total. Ni nyuma y’aho kuwa gatanu ushize, izi mpirimbanyi zo mu ishyirahamwe AFIEGO, itsinda rikomeye mu […]

Ingabire Victoire dit avoir été interrogée pendant huit heures

Selon Ingabire Victoire, la fondatrice et prĂ©sidente du parti non encore enregistrĂ©e, DALFA Umurunzi, ella a Ă©tĂ© interrogĂ©e hier par le Bureau d’enquĂȘte rwandais (RIB) de 9h Ă  17h. Selon son tweet, elle est rentrĂ©e chez elle en paix. “Aujourd’hui 21/10/2021, j’ai Ă©tĂ© interviewĂ© par RIB de 9h Ă  17h. Je suis rentrĂ© sain et […]

Guinea: Batatu bahoze muri guverinoma ya Alpha Conde bashyizwe mu y’agateganyo

Abayobozi bashya bahiritse ubutegetsi muri Guinea bagize abantu barimo uwahoze ari umujenerali n’abandi batatu bahoze muri Guverinoma ya Alpha Conde muri guverinoma nshya. Igisirikare cyagerageje kenshi guhumuriza abashoramari, abaterankunga ndetse n’ibihugu byo mu karere, kivuga ko guhirika Conde cyari igikorwa kimwe cyo gukuraho icyo bita ruswa, kandi ko kidafite gahunda yo kuguma ku butegetsi. Aboubacar […]

Nyuma yo kurekurwa by’agateganyo Jacob Zuma yagiye kurega umushinjacyaha

fe1ab93d987d447ca9474fb052996c18.jpg

Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo yagaragaye bwa mbere mu ruhame kuri uyu wa Kane kuva yafungurwa by’agateganyo muri Nzeri, agiye kurega umushinjacyaha mukuru. Zuma yagaragaye ku biro bya polisi biri mu Mujyi wa Pietermaritzburg, mu burasirazuba bw’igihugu agiye kurega umushinjacyaha Billy Downer ashinja kuba yarashyize ku karubanda dosiye ye yo kwa muganga. […]

Haiti: Abashimuse Abamisiyoneri b’Abanyamerika bavuga ko bashobora kubica

Umuyobozi w’agatsiko gaherutse gushimuta abamisiyoneri b’Abanyamerika ndetse n’Abanyakanada mu cyumweru gishize mu gihugu cya Haiti aravuga ko bashobora kwicwa nyuma y’uko amafaranga basabye ngo barekurwe bakomeje kuyimwa. Amashusho ya video yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ku mbuga nkoranyambaga, yerekanye Wilson Joseph akikijwe n’abantu bitwaje imbunda imbere y’amasanduku arimo imirambo ya bagenzi babo batanu avuga […]

Ubucucike mu magereza: Abafungiwe muri gereza biyongereyeho 30,6% mu myaka ine

unnamed-4-2.jpg

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) iravuga ko umubare w’abantu bafunzwe ukomeje kugenda wiyongera igasanga igasaba ko tegeko ryo guhanisha gukora imirimo ifitiye inyungu igihugu ryakwihutishwa mu gushyirwa mu bikorwa mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukomeje kugaragara mu magereza. Ibi byatangajwe muri raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2020-2021 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2021-2022 iyi komisiyo […]

EAC yugarijwe n’iterabwoba mu gihe hagaragara intege nke mu guhangana naryo – EALA

Abagize inteko ishinga amategeko y’akarere (EALA) kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 20 Ukwakira, bagaragaje impungenge z’intege nke zigaragara mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ukomeje kugaragaramo ibitero bikabije bifitanye isano n’iterabwoba byibasira Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Ibi byagarutsweho ubwo Depite Fatuma Ndangiza, Perezida wa komite y’inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Iburasirazuba […]

Zimbabwe: Nelson Chamisa utavuga rumwe n’ubutegetsi yongeye kurusimbuka

Rimwe mu mashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zimbabwe riravuga ko kuri uyu wa Gatatu umuyobozi waryo, Nelson Chamisa, yongeye kurusimbuka bwa kabiri mu gihe cy’iminsi 10 ubwo imodoka yari arimo yaraswaga isasu atamenye ahantu ryaturutse. Umuyobozi Wungirije w’ishyaka MDC-Alliance, Tendai Biti, yavuze ko imodoka ya Chamisa yarasiwe mu Mujyi wa Mutare uri ku mupaka […]

Muhanga: Uwagize umugore umukobwa w’imyaka 17 yasabiwe gufungwa burundu

Umusore ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana no kubana nk’umugabo n’umugore, kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Ukwakira 2021 Ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga. Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko, akekwaho kuba ku itariki ya 25 Ukuboza 2020, kugeza ku itariki ya 5 Mutarama 2021, ari mu Murenge wa Ngamba, Akarere ka Kamonyi, […]

Ibitaro 10 bya mbere byiza ku mugabane wa Afurika

kenya_medical_research_institute.jpg

Niba ujya wibaza ibitaro bya mbere byiza muri Afurika bifite ubushobozi haba mu kuvura, ibikoresho n’inyubako, ikigo SCImago Institutions Rankings (SIR),cyo muri Espagne kizwiho gukora urutonde rw’Ibigo by’ubushakashatsi u Isi kuva mu 2009 kigufitiye igisubizo. Iki kigo nacyo cy’ubushakashatsi mu by’ubuvuzi kikaba muri uyu mwaka cyasohoye urutonde rw’ibitaro biteye imbere ku Isi ruzwi nka “Global […]

Musanze: Umuyobozi w’ishuri washinjwaga ivangura yakatiwe imyaka 7 y’igifungo

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye igifungo cy’imyaka 7 uwari umuyobozi w’ishuli ryisumbuye rya CYAPA riherereye mu Karere ka Burera, mu Murenge wa Rwerere, nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri. Icyaha uyu mugabo yahamijwe yagikoze ku italiki 22 Ukwakira 2020 saa mbiri z’ijoro(20h00) agikorera mu Mudugudu wa Giramahoro, Akagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza […]

Ingero z’ibibazo CIA yateje Abanyafurika mu kubambura abayobozi no gushyigikira igitugu

00161955_7d65350770acda4df1e92099bcf67dcd_arc614x376_w735_us1.jpg

Uruhare rw’iburengerazuba mu gutuma ubuzima butihanganirwa ku Banyafurika rwanditse neza. Abanyamerika, cyane cyane, bazwiho kwivanga mu bibazo by’ibihugu byigenga ku nyungu zabo bwite. Ikigo gishinzwe iperereza cyabo (CIA), kizwiho kwivanga mu bibazo by’ibindi bihugu bya Afurika. Baza bitwaje ko bakuyeho abanyagitugu mu bihe bimwe na bimwe, naho mu bindi bagashaka kuvanaho igitugu koko, ariko ku […]

Umuvunyi Mukuru avuga ko mu manza 12,2% zaburanishijwe mu nkiko zirimo akarengane

Umuvunyi Madeleine Nirere yavuze ko Ibiro bye byasanze akarengane muri 12.2% by’imanza zaburanishijwe mu nkiko ariko abaturage bakaba barazimushyikirije kubera ko nta butabera bahawe asaba Urukiko rw’Ikirenga kongera kuziburanisha. Ibi ni ibyagezweho n’Ibiro by’Umuvunyi muri raporo ngarukamwaka ya 2020-2021 byagejeje kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Ukwakira, ku Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi. Umubare w’akarengane […]

L’Agence spatiale rwandaise a dĂ©posĂ© une demande d’acquisition de deux constellations de satellites

L’Agence spatiale rwandaise a dĂ©posĂ© une demande d’acquisition de deux constellations de satellites auprĂšs de l’Union internationale des tĂ©lĂ©communications (UIT), Ă  savoir Cinnamon-217 et Cinnamon-937, selon un communiquĂ© officiel. Le dĂ©veloppement a Ă©tĂ© communiquĂ© par l’agence le 20 octobre, indiquant que la soumission est conforme aux rĂšglements et procĂ©dures de l’UIT. L’application dĂ©taillĂ©e appelle les […]

TPLF ivuga ko Ethiopia irimo gukoresha indege kuko irimo gutsindwa ku butaka

Guverinoma ya Ethiopia kuri uyu wa Gatatu yongeye kugaba ibitero by’indege mu Ntara ya Tigray ku nshuro ya gatatu muri iki cyumweru mu rwego rwo guca intege inyeshyamba z’umutwe wa TPLF imaze hafi umwaka ihanganye nazo. Televiziyo yo muri Tigray igenzurwa na TPLF yavuze ko igitero cyo kuri uyu wa gatatu kibasiye Mekelle, umurwa mukuru […]

Gicumbi: Urukiko rwashyikirijwe ushinjwa kwaka indonke mbere yo gutanga akazi

Umugabo ubarizwa mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Shyorongi, Akagari ka Rutonde , Umudugudu wa Nyabyondo ushinjwa kwaka indonke abaturage abizeza kubahesha kazi kuri uyu wa Mbere ushize yagejejwe imbere y’urukiko asabirwa gufungwa by’agateganyo. Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gicumbi bwagejeje imbere y’ Urukiko uyu mugabo bumushinja kwaka abaturage indonke abizeza kubahesha akazi mu ruganda […]

Indege z’intambara z’u Burusiya zirukanye iza Amerika zari zasatiriye imbibi zabwo

Kuri uyu wa Gatatu, minisiteri y’ingabo y’u Burusiya yavuze ko yohereje indege ebyiri z’intambara za Sukhoi Su-30 kugira ngo ziherekeze indege ebyiri z’Abanyamerika, zitwara za bombe zo mu bwoko bwa B-1B, zizivane hafi y’imbibi z’u Burusiya. Izi ndege zikaba zaherekejwe hejuru y’inyanja y’Umukara,ibintu byahuriranye n’uruzinduko rwa minisitiri w’ingabo wa Amerika muri kariya karere. Izi ndege […]

Burundi: Imirambo imaze iminsi igaragara mu Cibitoke yahagurukije perezidansi

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari imirambo isaga 10 imaze iminsi irohorwa mu ruzi rwa Rusizi, muri Komini za Buganda na Rugombo, mu Ntara ya Cibitoke, ariko imirambo ibiri yonyine ari yo yatangajwe. Hagati y’itariki ya 14 na 17 Ukwakira gusa, bivugwa ko byibuze imirambo 14 yagaragaye muri komini twavuze haruguru, ariko […]