Ukwezi kwa Kamena kwabaye kubi-MINISANTE

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziravuga ko kuva icyorezo cya COVID19 cyagera mu Rwanda, ukwezi gushize kwa Gatandatu ariko kwabaye kubi kurusha ikindi gihe, ari nayo mpamvu guverinoma ivuga ko mu gihe ingamba ziriho zitatanga umusaruro wifuzwa na Guma mu rugo ishobora kugaruka. Hagendewe ku mibare ya buri munsi y’abandura n’abahitanwa n’icyorezo cya COVID19 mu Rwanda, […]

Amafi arenga toni 109 mu kiyaga cya Muhazi yapfuye

e5woohkwuaepumu.jpg

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yemeje ko amafi toni 109 yari mu Kiyaga cya Muhazi yapfuye bitewe n’ukwibirindura kw’amazi, ayo munsi yivanga n’ayo hejuru. MINAGRI yemeje aya makuru ivuga ko iki kibazo gituma ‘algal bloom’ izamuka bigatera kugabanuka kw’umwuka wo mu mazi (Disolved Oxygene) amafi akenera cyane cyane mu ijoro. Ikibazo cyo gupfa ku bwinshi […]

Amezi abiri mu buroko k’utambaye agapfukamunwa muri Uganda

Minisitiri w’Ubuzima muri Uganda, Dr Jane Ruth Aceng yatangarije rubanda y’Abanya-Uganda ko uzafatwa atambaye agapfukamunwa azajya ahita afungwa akamara amezi abiri muri gereza ku bwo kwica amabwiriza yo kwirinda Coronavirus. Iki gihano kirareba kandi abitabira ikivunge cy’abantu n’abagenda kuri moto (boda boda) bahekanye. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ubwo Dr Aceng yagezaga ku gihugu uko […]

Abasenateri n’abadepite ba Amerika batse ibisobanuro Min. Blinken kuri Rusesabagina

antony-blinken-gty-jt-201123_1606166749745_hpmain_16x9_992.jpg

Itsinda ry’abasenateri n’abadepite ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bagera kuri 41 ryongeye kugaragaza impungenge batewe n’ifungwa rya Paul Rusesabagina, risaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken gutanga ibisobanuro kuri iki kibazo. Mu ibaruwa bandikiye Antony Blinken, bamusaba gukoresha inzira za dipolomasi zose zishoboka Rusesabagina agasubizwa muri Amerika amahoro nk’umuturage wemewe w’icyo gihugu. VOA ivuga ko iyo […]

Dore ibyamamare byinjiza atubutse kuri Instagram ku Isi

Kompanyi yitwa Hopper HQ yashyize hanze uko ibyamamare byinjiza atubutse kuri Instagram, bikaba biyobowe na Christiano Ronaldo, Umunya-Portugali ukinira Juventus yo mu Butaliyani. Dore uko bakurikirana: 1. Cristiano Ronaldo, akurikirwa n’abantu miliyoni 308 – $1.6m kuri positi imwe 2. Dwayne “The Rock” Johnson, akurikirwa n’abantu miliyoni 250- $ 1.52m 3. Ariana Grande, akurikirwa n’abantu miliyoni […]

Muhanga: Hari abaheruka mu irangamimerere mu 1998 kubera Abacengezi

Abaturage 123 bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga ntibari mu bitabyo by’irangamimerere kuva mu 1998 kuko Komini Buringa babarizwagamo yatwitswe n’Abacengezi mu ntambara bari barashoje ku Rwanda. Mu gushywa kwa Komini Buringa, ibitabo n’ibindi bikoresho bya Komini byarahiye birakongoka ku buryo, abari banditse mu bitabo by’irangamimerere bitari gukunda ko bongera kwibona aho […]

Kenya: Umugabo yararanye n’umurambo w’umugore we hanze ya Sitasiyo ya polisi

Umugabo witwa Charles Mwenda wo mu gace ka Meru muri Kenya yararanye n’umurambo w’umugore we kuri Sitasiyo ya polisi kuko yabujijwe kujya iwe ngo amasaha ya Gera mu Rugo yari yarenze. Mwenda wari kumwe n’isanduku irimo umurambo w’umugore we, yabujijwe gukomeza kuko amasaha ari mu mabwiriza yo kwirinda Coronavirus muri Kenya yari yageze ngo ingendo […]

Uko uwibeshyweho ko yabitse Museveni yakubiswe akanashinguzwamo inzara hakoreshejwe ipensi

Umwe mu bazwi cyane kuri Twitter muri Uganda, Chris Nabugere yatawe muri yombi, ajyanwa n’abashinzwe umutekano bamuvanye iwe, bikekwa ko ari we wabitse Perezida Museveni, ubwo yarekurwaga, yavuze ko yakubiswe ndetse hakoreshejwe ipensi, bashaka kumunogora inzara z’intoki. Nabugere yavanwe iwabo mu modoka ifite pulake UBG 454G nk’uko mushiki we, Phoebe Rita Nabugere yabitangaje kuri Twitter […]

Ingabire M. ImmaculĂ©e ku bazwi nk’abashumba b’imitungo mu Rwanda

Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane ishami ry’ u Rwanda, Transparency International Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e avuga ko bafite impungenge niba koko abamenyekanisha imitungo yabo baba bayerekana yose cyane ko mu Rwanda hazwi abitwa ”abashumba”. Avuga ko izi mpungenge zitavaho mu gihe hatari uburyo bw’igenzura rihamye, butuma n’ufite indi mitungo yanditse ku bandi igaragara. Yatangarije RBA […]

Umusore w’ i Burera avugwaho gusambanya umukecuru w’imyaka 61

Umusore w’imyaka 31 y’amavuko wo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), aho akekwaho gufata ku ngufu umukecuru w’imyaka 61 y’amavuko. Uwo musore usanzwe akora akazi k’ububaji n’ubwubatsi, yatawe muri yombi tariki 30 Kamena 2021, aho mu ijoro rishyira iyo tariki ya 30, ngo yahuye n’uwo […]

Ninjye ubibaza se?-Umuturage wakubiswe avuga uko gitifu w’ i Nyamagabe yamubwiye

Umugabo witwa Gad Hitimana wo mu Mudugudu wa Mugali, Akagari ka Nkomane mu Murenge wa Nkomane avuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkomane, Aime Patrick Irakuzwa yamubwiye ko ntacyo akwiriye kumubaza ku kibazo cy’abamukubise, bakanamwiba ibifite agaciro ka Frw 130, 000. Hitimana uvuga ko na n’ubu agifite ibisebe ku gahanga, yatangarije BWIZA ko yakubiswe kuwa […]

Hamenyekanye umujenerali wirukanwe akaba azengereje Ingabo za Ethiopia muri Tigray

Uwahoze ari Jenerali mu ngabo za Ethiopia, Gen Tsadkan Gebretensae, ari ku isonga ry’inyeshyamba zirwanya Leta ya Ethiopia mu karere k’imisozi miremire ka Tigray mu majyaruguru y’icyo gihugu, nkuko byandikwa n’umusesenguzi Alex de Waal. Gen Tsadkan, umukuru w’inyeshyamba zo muri Tigray, afatwa n’abasesenguzi b’umutekano ku rwego mpuzamahanga nk’umwe mu bazi cyane amayeri ya gisirikare bo […]

Ingabire na Me Ntaganda bandikiye Perezida Kagame

Abanyepolitiki; Ingabire Victoire na Me Ntaganda bandikiye Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame inyandiko bise ‘urwandiko rw’inzira’ ivuga uko babona hashakwa umuti w’ibibazo bise iby’ingutu u Rwanda rwanyuzemo. Amashyaka ya PS-Imberakuri ya Me Ntaganda na Dalfa-Umurinzi ya Ingabire Victoire yombi ataremerwa n’amategeko mu Rwanda, yatangaje iyi nyandiko y’impapuro 10 kuri uyu munsi w’ubwigenge mu Rwanda […]

Ubu ndaryama ngasinzira-Uwari waraburanye n’umuryango we mu myaka 27 ishize

Rosine Uwamahoro na Olive Kanamugire, baburanye n’imiryango yabo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuze ko ubu baryama bagasinzira ubwo bahuzwaga n’imiryango yabo. Bavuga ko kumenya imiryango bakomokamo, ari intangiro yo kuruhuka umuruho no gukira ibikomere by’igihe kirekire. Uwamahoro yagize yabwiye RBA ngo ” Uyu munsi ndaryma nkasinzira nkumva ko ndi kumwe n’umuryango […]

Abiga kuri AIPER-Nyandungu bagabye igitero ku biro bya diregiteri

Bamwe mu banyeshuri biga mu ishuri rya AIPER Nyandungu mu Mujyi wa Kigali bigabije ibiro bya diregiteri ku bwinshi basaba gusubizwa amwe mu mafaranga yabo bari barishyuye ariko ikigo kikaba cyatunguranye, kikavuga ko kigiye gufunga imiryango. Aba biga ahazwi nko kwa Hadji, RBA ivuga ko ” Kuri uyu wa gatatu abanyeshuri bigabije ibiro by’ubuyobozi bw’iryo […]

Iby’urukundo rwa Eddy Kenzo n’umukobwa w’umukire ukorera mu Rwanda byajemo rushorera

Amakuru ahari ni uko umukunzi mushya w’umuhanzi, Edrisa Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo, Bella Myra Bakhresa, yateye utwatsi ibyo kwimukira mu nzu y’uyu mugabo iri ahitwa Seguku muri Kampala. Nta gihe kinini gishize, bimenyekanye ko Kenzo akundana n’uyu mukobwa ubyarwa n’umuherwe Bhakresa ufite ubucuruzi butandukanye mu Rwanda. Amakuru BWIZA ifite ni uko Bella yanze icyifuzo […]

Ujya undwanaho niyo Isi yanyanze- Gen Elwelu

Umugaba Mukuru wungirije w’Igisirikare cya Uganda, (UPDF) Lt Gen Peter Elwelu yashimiye CIC Museveni ukomeza kumugirira icyizere mu kazi ngo ” n’iyo Isi yose yamwanze.” Gen Elwelu yari asanzwe ayobora ingabo za Uganda zirwanira ku butaka nyuma Museveni amugira CDF wungirije. Mu guhererekanya ububasha kwabereye i Mbuya, Gen Elwelu yashimiye Perezida Museveni. Ati ” Ndashimira […]

Iyamuremye uvuga ko atishe Abatutsi kuko yakuranye imico ya gitutsi yakatiwe

Urukiko rukuru mu Rwanda rwahamije Jean Claude Iyamuremye imyitwarire igize icyaha cya jenoside, rumukatira gufungwa imyaka 25. Iyamuremye, yaburanye ahakana ibyaha aregwa mu kwiregura kandi yavuze ko atari kwica Abatutsi kandi na nyina ari umututsi. Yavuze ko yari afite imico ya gitutsi, ingingo itari gutuma yijandika muri jenoside. Umucamanza yavuze ko habayeho impamvu nyoroshyacyaha zo […]

Urwembe rwateye ubwoba abategetsi ba Mozambique

Urwembe rusangiye izina n’umuhari w’abarwanyi biyitirira idini rya Islam, Al Shabaab, rwateye ubwoba abategetsi muri Mozambique, bikekwa ko rwaba rufitanye isano n’umutekano muke mu Ntara ya Cabo Delgado iri mu buraruko bwa Mozambike rwateye ubwoba abategetsi. Uru rwembe rwiswe Alshabab rwagiye rwamenyekanye mu mwaka wa 2020 cyane mu mu Mujyi wa Pemba ari nawo murwa […]

Ubushyuhe bumaze kwica abasaga ijana muri Canada

Abantu 130 bamaze gupfa muri Canada kubera inkubi y’ubushyuhe itunguranye ikomeje kugera ku bipimo bitigeze biba mbere. Polisi mu gace ka Vancouver kuva ku wa Gatanu imaze kugera ku bantu 130 bapfuye bitunguranye. Benshi bari mu zabukuru cyangwa bari bafite izindi ndwara basanganywe. Bavuga ko ubushyuhe ari impamvu mu zateye izi mfu. Mbere y’iki cyumweru, […]

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda yashyize ku ruhande MC Kats

Umuhanzi w’Umunyarwandakazi, Fille Mutoni yashyize ku ruhande uwari manaja we, Edwin Katamba uzwi nka MC Kats muri kompanyi ye ya Kats Music. Fille wari uherutse gutandukana na Katamba nk’umugabo n’umugore, yatangiye gukorana n’umugabo w’umuhanzi mugenzi we, Babaritah Mirembe ndetse n’undi muhanzi witwa Maritini. Fille we ubwe ni we watangaje ko ari muri Martin Management. Aba […]

Eddy Kenzo mu rukundo n’umukobwa w’umuherwe ukorera mu Rwanda (Amafoto)

fb_img_1624968287640.jpg

Umuhanzi Edrisah Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo ari mu rukundo n’umukobwa w’umuherwe, Said Salim Bakhresa, uri mu bakorera mu Rwanda ubucuruzi butandukanye. Kenzo yari aherutse kumwerekana gusa rubanda isigara yibaza uwo mukobwa uwo ari we. Byaje kumenyekana ko ari uwa Bhakresa uzwiho kuzana amafarini mu Rwanda, gukorana na FERWAFA n’ibindi. Amakuru ahari ni uko uyu […]

Inyeshyamba zafashe undi mujyi muri Tigray, iza Leta zikuramo akarenge

Inyeshyamba zo mu Karere ka Tigray muri Ethiopia zikomeje gutera intambwe nyuma yuko zigaruriye umurwa mukuru Mekelle w’ako karere ziwambuye ingabo za leta. Inyeshyamba ubu noneho zinjiye mu mujyi wa Shire, uri mu ntera ya kilometero hafi 140 mu majyaruguru ashyira uburengerazuba, nkuko abategetsi bo mu muryango w’abibumbye (ONU/UN) babivuga. Mbere yaho, ingabo za Eritrea […]

Abantu 45 bishwe na Coronavirus mu Rwanda mu cyumweru kimwe

Ikusanyamibare rya Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda rivuga ko mu Rwanda abantu 45 bapfuye guhera ku wa Mbere w’icyumweru gishize naho abantu 6, 571 banduye icyorezo cya Coronavirus. Mu banduye, abantu 2,324 ni abo mu Mujyi wa Kigali. Hashize icyumweru guverinoma ifashe ingamba nshya zo gukomeza kurwanya icyorezo cya COVID-19 gusa imibare y’abanduye yakomeje kuzamuka ubutitsa […]

Kayonza: Habonetse inzoka yamize ihene yose bunguri (Amafoto)

inzoka-735x400.jpg

Abashumba bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi mu Kagari ka Buhabwa bishe inzoka nini cyane yari imaze kumira ihene yose kuwa 28 Kamena 2021. Iyi nzoka yishwe kumugoroba wo kuri uyu Mbere nkuko amakuru avugwa abyemeza, ikaba yishwe n’abashumba nyuma yo kuyibona imaze kumira ihene. Abayibonye nk’uko Inkanga ibitangaza, bavuga ngo ” […]

Imijyi 7 ihenze kubamo mu karere u Rwanda rubarizwamo

Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze ku ngingo zitandukanye, rwashyize hanze uko imijyi ihenze kuyibamo ku Isi (Current Cost of Living Index by City 2021). Uru rubuga ruvuga ko mu gukora urutonde, hagendewe ku Mujyi wa New York wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ruvuga ko rwagenekereje harebwe ku biciro by’ibiribwa, resitora, […]

Mayuge: Umugabo yafashe uwamusambanyirije umugore bahita bagurana abagore

Abagabo babiri bo Karere ka Mayuge baguranye abagore nyuma y’aho uwitwa Ali Mudde afashe mugenzi we, Bryan Masaba, amusambanyiriza umugore bari mu gihuru. Ibi byabaye kuwa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo Mudde utuye mu Cyaro cya Musoma muri Jagozi, yamenyaga ko Masaba ari kumusambanyiriza umugore mu gashyamba kari hafi aho. Uyu yahise yegera Mudugudu, Peter Balikowa, […]

Umwami Mswati III ‘yahunze’ igihugu

Hari amakuru ataremezwa n’ubutegetsi bwa Eswatini ko Umwami (Ngwenyama) Mswati III yaba yahunze igihugu mu gihe imyigaragambyo y’abasaba demukarasi imaze gukomera. Abashinzwe umutekano muri Eswatini – yahoze yitwa Swaziland basakiranye n’abigaragambya bari gusaba impinduka mu itegekoshinga muri Weekend ishize. Abigaragambya bivugwa ko bamwe bakomeretse, barasaba Umwami Mswati kwemera amavugurura ya demokarasi, harimo n’amatora. Ikinyamakuru cya […]

Inyeshyamba zigaruriye Mekelle, Leta yo ngo yatanze agahenge

Leta ya Ethiopia yatangaje agahenge mu Karere ka Tigray kari mu majyaruguru, mu gihe inyeshyamba zivuga ko zigaruriye umurwa mukuru wako Mekelle. Abahatuye bavuze ko babonye abantu bari mu byishimo, ababarirwa mu bihumbi bari mu mihanda bafite n’amabendera bacana n’imiriro y’ibyishimo. Leta ya Ethiopia ntabwo iremeza ko yatakaje uwo mujyi. Hashize hafi amezi umunani ingabo […]

Haba hari ‘abagambanyi’ muri FLN i Bujumbura?

Uwitwa Jean Paul Kalinijabo n’uwitwa Tsunami muramu we baba muri Australia, bashinjwa ubugambanyi buri gukorerwa abarwanashyaka ba FLN bamwe bakaba bari kuburirwa irengero mu Mujyi wa Bujumbura. Aba bombi bivugwa ko bashinze Ishyaka ryitwa PDM- Imbanzabigwi, rigizwe n’abahoze muri CNRD- Ubwiyunge. Inyandiko iri mu bitangazamakuru bya opozisiyo ivuga ko itsinda rikuriwe na Kalinijabo rifite umugambi […]

Ykee Benda agiye gukoresha amarushanwa azavamo umugore we bazasinyana amasezerano

Umuhanzi Ykee Benda ubusanzwe witwa Wycliffe Tugume atangaza ako ateganya gukoresha amarushanwa, azavamo uwo azagira umugore ariko bakabanza basinya amasezerano igihe bazamarana nk’umugore n’umugabo. Nyuma yo gutandukana na Julie Batenda wari umukunzi we kuva mu 2017, Ykee Benda kuri Twitter, yasabye abakobwa gutangira kwiyandikisha. Kugeza ubu amagana y’abakobwa akomeje kwisukiranya yiyandikisha Umuhungu uvuka Kileka ati […]

Urutonde rw’Imijyi 10 bihenze kubamo muri Afurika mu 2021

Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze ku ngingo zitandukanye, rwashyize hanze uko imijyi ihenze kuyibamo ku Isi (Current Cost of Living Index by City 2021). Uru rubuga ruvuga ko mu gukora urutonde, hagendewe ku Mujyi wa New York wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ruvuga ko rwagenekereje harebwe ku biciro by’ibiribwa, resitora, […]

Musanze: Haravugwa umujura usambanya abagore cyane abatwite

Amakuru agera kuri BWIZA ni ay’umujura witwa Tadeyo wo mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze, aho yazengereje abaturage abiba gusa ngo yagera ku gusambanya abagore, n’abatwite ntabarebere izuba, akabibandaho cyane. Umunyamakuru wa BWIZA yabashije kugera ahitwa ku Kiraro cya Rwebeya muri ako gace, avugana na bamwe mu […]

NTV mu mazi abira ku bw’umugabo wagaragaye akorakora igitsina

Akavidewo gato k’umugabo utaramenyekanye wanyuze kuri Televiziyo ya NTV, akorakora igitsina cye katumye iki gitangazamakuru kiri mu bibazo byo gusobanurira, Uganda Communications Commission (UCC) uko byagenze. Ubwo Uganda yari itangiye kujya muri Guma mu Rugo, ibitangazamakuru byinshi byagiye bishyiraho ibiganiro by’imyidagaduro, bigamije gufasha abaturage guhangana n’imihangayiko. Aba bahaye umwanya abaturage ngo bidagadure mu kiganiro ” […]

Nta bwoba mfite ko Karasira yapfa-umwunganizi we

Umwe mu banyamategeko ba Aimable Karasira, Me Evode Kayitana, avuga ko umukiliya we nta bwoba afite ko yapfa nyuma y’amakuru ko, yanduye Coronavirus. Karasira yagombaga kugezwa imbere y’ubucamanza ku itariki ya 22 y’uku kwezi kwa Gatandatu, ariko ntibyabaye kubera ikibazo cy’uburwayi. Ku mbuga nkoranyambaga rero hari amakuru ari gucicikana avuga ko Karasira arwaye coronavirus kandi […]

Kigali: Umugabo yaryamye mu muhanda ngo imodoka zimugonge nyuma yo ‘kurenganywa n’inkiko’ (amafoto)

capture-49.png

Amakuru ava ku munyamakuru w’Ijwi rya Amerika (VOA), Eric Bagiruwubusa ni uko uwitwa Twagiramungu Eric nyuma yo kutishimira icyemezo cy’Urukiko yahise aryama mu muhanda ngo imodoka zimugonge. Mu makuru make yasangije abantu kuri Twitter, avuga ko icyateye Twagiramungu kuryama mu muhanda ari uko ashinja ubutabera kubogama. Yagize ubumuga budakira yagiriye mu kazi ku burangare bwa […]

U Rwanda rurikanga kurengerwa n’abarwayi ba Coronavirus

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ubwiyongere budasanzwe bw’abarwayi ba COVID19 buteye impungenge, ku buryo ngo ibintu bikomeje ku muvuduko biriho, mu minsi iri imbere hashobora kuvuka ikibazo cya oxygĂšne idahagije ku bayikeneye bose ndetse n’ibitanda bikaba bike. Umuyobozi ushinzwe ibikoresho byo kwa muganga mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, Francine Umutesi, avuga ko n’ubwo kugeza […]

Indege ya Perezida wa Colombia yarashwe

8bc69f3a835b40b4805c368de5f1be63_18.jpg

Indege ya Kajugujugu yari itwaye umukuru w’igihugu cya Colombia, IvĂĄn Duque MĂĄrquez, yarashweho amasasu ubwo yazengurukaga mu gace kari hafi n’umupaka w’icyo gihugu na Venezuela. Perezida IvĂĄn Duque yari mu Karere ka CĂșcuta kari mu Ntara ya Norte de Santander,ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo, uw’umutekano w’igihugu na guverineri w’iyo ntara ubwo baraswagaho. Umuvugizi wa Perezidansi […]

Mbowe Freeman wa CHADEMA yababajwe na Perezida Samia Suluhu

Umuyobozi w’Ishyaka Chama cha Demokrasia na Maendeleo (CHADEMA) muri Tanzania, Freeman Aikael Mbowe, avuga ko ababajwe cyane n’uko kugeza ubu Perezida Samia Suluhu Hassan, atarahura n’abatavuga rumwe na Leta ayoboye. Mbowe avuga ko bitangaje kubona amaze abaye atatu kuva Mama Samia arahiriye kuyobora Tanzania ariko akaba atarahura na opozisiyo. Mu kiganiro na BBC kuri uyu […]

Ni amamiliyoni, ni amafaranga menshi- RIB ku ifatwa rya Padiri i Rwamagana

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB), Dr Murangira B. Thierry avuga ko umupadiri wa Paruwasi ya Rwamagana uherutse gufatwa yari abitse amafaranga avuga ko ” ari amamiliyoni”. Inkuru yabaye kimomo kuwa 24 Kamena 2021, ko uyu mupadiri yafashwe bitewe no ” Kubika amafaranga menshi abantu bibye. N’ubwo inkuru yamenyekanye ejo hashize, RIB ivuga ko ” Uwo […]

Imijyi 10 yo ku Isi abayituyemo baba bikanga kugirirwa nabi igihe cyose

Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze mu gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage bayibamo ( Crime Index), mu 2021 rwerekanye imijyi yo ku Isi, kuyibamo, biba bishoboka ko isaha iyo ari yo yose umuntu yagirirwa nabi. Numbeo itangaza ko mu kugena uko imijyi ikurikirana kuri iyi ngingo, yagiye ireba ibirimo: impungenge zo guhohoterwa, kwibasirwa, […]

Gicumbi: Umugabo yatemye undi yasanze akomanga ku cyumba aryamamo

Umugabo witwa Gasangwa Diogene wo mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Kageyo, Akagari ka Muhondo, Umudugudu wa Kamanyundo, yatemewe ukuboko mu rugo rwa Habineza Cyriaque, wamusanze akomanga mu cyumba aryamanamo n’umugore we. Gasangwa bikekwa ko yashakaga gusambanya umugore wa Habineza, yatemwe mu ijoro ryo Kuwa Kabiri tariki ya 22 06 2021, ahagana saa tatu […]

Kalimina yahagaritse gusoma amakuru kuri TV yivugira iby’amezi menshi amaze adahembwa

Umunyamakuru witwa Kabinda Kalimina yarimo asoma ingingo z’ingenzi z’amakuru kuri Televiziyo yo muri Zambia yitwa ‘KBN TV News’ (Kenmark Broadcasting Network), arabihagarika, avuga ahubwo uko amaze iminsi myinshi akora, adahembwa. Mu byatunguranye, mu mpera z’icyumweru gishize, ku masaha y’umugoroba, Kalimina yagize ati ” Nkorera itangazamukuru mwa bantu mwe. Turi ibiremwamuntu. Tugomba guhembwa.” Kennedy Mambwe, Umuyobozi […]

Umupadiri wo mu Bugeleki yamennye mu maso aside abasenyeri 7

Umupadiri wo mu Bugereki yafatiwe mu Mujyi wa AthĂšnes nyuma yo kumena aside mu maso abasenyeri barindwi bo mu Idini ry’aba Orthodox, nk’uko bivugwa na polisi y’icyo gihugu. Umupadiri w’imyaka 36 yakoze ibi yari asanzwe akorwaho iperereza ko ku myitwarire kuwa 23 Kamena 2021. Ikinyamakuru Ta Nea kivuga ko uyu mupadiri yinjiye mu kigo cy’abihaye […]

Museveni yahinduriye Gen Kainerugaba imirimo, ashyiraho CDF mushya

download_1_-7.jpg

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ Ingabo z’icyo gihugu (UPDF), Gen (Rtd) Museveni Yoweli Kaguta, yahinduriye imyanya abasirikare bakuru barimo; umuhungu we, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, amuvana ku mwanya wo kuyobora ingabo zidasanzwe (SFC), amugira Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka. Gen Kainerugaba yafatanyaga kuyobora SFC no kuba umujyanama wa Se muri operasiyo zidasanzwe za […]

Gatenga: Abamotari bakoze igisa n’imyigaragambyo bashaka kwihorera ku musekirite

Abamotari bari mu Murenge wa Gatenga, Akarere ka Kicukiro, bakoze igisa n’imyigarambyo nyuma y’aho sekirite w’abamotari witwa Fabien yateye Kasike umumotari mugenzi wabo, agahita agonga imodoka, agakomereka cyane. Abari aho, bavuga ko umumotari wari mu kazi ” Umuntu yahagaritse moto, motari arahagarara, ariko mbona ahise yongera arahaguruka uyu wamuteze asigarana Kasite ye, imwe baha abagenzi […]

Imijyi yo mu gace u Rwanda rubarizwamo abayituye babaho biteguye kugirirwa nabi

Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze mu gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage bayibamo ( Crime Index), mu 2021 rwerekanye imijyi yo muri Afurika kuyibamo, biba bizwi ko bishoboka ko isaha iyo ari yo yose umuntu yagirirwa nabi. Numbeo itangaza ko mu kugena uko imijyi ikurikirana kuri iyi ngingo, yagiye ireba ibirimo: impungenge zo […]

Igisirikare cya Ethiopia ‘cyamishe’ ibisasu mu isoko ryo muri Tigray, benshi barahagwa

Hari amakuru ko abantu babarirwa muri za mirongo bishwe cyangwa bagakomereka, nyuma yuko igisirikare cya Ethiopia kirwanira mu kirere kimishe ibisasu ku isoko ryo mu karere ka Tigray kari mu majyaruguru y’igihugu. Ababibonye babwiye ibinyamakuru bya BBC, Aljazeera n’ibindi ko ku wa Kabiri igisirikare cya Ethiopia kirwanira mu kirere cyarashe ku mujyi wa Togoga, uri […]

Video: Umudipolomate yagaragaye ari kunyara mu muhanda

Umugabo wari mu modoka y’abadipolomate mu muhanda nyabagendwa muri Nigeria, yagaragaye asohoka, anyara ku muhanda ahegereye aho abanyamaguru banyura. Uyu bigaragara ko ari uwo mu bihugu by’Abera, ntibyamenyekanye igihugu akomokamo gusa imodoka yarimo, yari ifite pulake za ambasade. Ibi byavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, banenga imyitwarire nk’iyo. Hari n’abavuze ko ari ugusuzugura Nigeria cyane […]

Ntitwahindura ahahise ariko ahazaza birashoboka- Sankara

Nsabimana Callixte uzwi nka Major Sankara yabwiye urukiko ko asaba imbabazi kuko ari cyo kintu cyonyine cyubatse u Rwanda rukaba rugeze iki gihe rugihagaze nk’igihugu, asaba imbabazi kuko guhinduka bishoboka na we akaba yakora ibyiza. Mu rukiko ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa 23 Kamena 2021, mu mwambaro uranga imfungwa, yambaye n’agapfukamunwa […]

Mico The Best yajyanwe kwa muganga igitaraganya

Umuhanzi Mico The Best yafashwe n’uburwayi butunguranye ahita ajyanwa kwa muganga igitaraganya. Hari amakuru ko Mico the Best yasanzwemo umunaniro ukabije, ingingo imusaba kuruhuka. Uhujimfura Claude ureberera inyungu z’abahanzi bakorera umuziki wabo muri KIKAC Music, yavuze ko uyu muhanzi yafashwe n’uburwayi mu ijoro ryo kuri uyu wa 22-23 Kamena 2021 aza kujyanwa kwa muganga mu […]

Imirwano ikaze yubuye mu Ntara ya Tigray

Amakuru avuga ko imirwano ikaze yadutse mu bice byinshi by’akarere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia hagati y’inyeshyamba n’ingabo za leta. Umutwe w’inyeshyamba wo muri Tigray uzwi nka Tigray Defence Force (TDF) wavuze ko wafashe imijyi myinshi, aho ababibonye babwiye BBC ko babonye abarwanyi b’uyu mutwe bagenzura iyo mijyi. Umuvugizi w’inyeshyamba, Gebre GebreTsadiq yavuze ko […]

Narabibabwiye ko nta bucamanza muzampa, iyi nteko ndayihannye-Idamange

Iryamugwiza Yvonne Idamange mu rukiko rukuru i Nyanza mu yihannye inteko y’abacamanza bamuburanishaga nyuma y’aho yari itegetse ko urubanza rwe rwaburanishirizwa mu muhezo nk’uko ubushinjacyaha bwari bubisabye abacamanza. Ubushinjacyaha bwavuze ko ” bufite impungenge ko iri buranisha rikomeje mu ruhame ryabera Idamange urubuga rwo gukomeza ibikorwa bye byo “gupfobya jenoside, kwamamaza ibihuha no gukomeza propaganda […]

Afurika y’Epfo ntikozwa imbanziriza mushinga y’ amasezerano u Rwanda rwateguye

barbara_creecy_is_sworn_in_as_a_minister_of_environment_forestry_and_fisheries.jpg

Amakuru yashyizwe hanze avuga ko Afurika y’Epfo itari mu bihugu bishyigikiye imbanziriza mushinga y’amasezerano yateguwe n’ u Rwanda na Peru ku bijyanye no guca ikoreshwa rya pulasitiki ku rwego mpuzamahanga mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije. Uyu mushinga watangiye kwigwaho kuva mu 2017 mu Muryango Mpuzamahanga (LONI) mu nteko ishinzwe ibidukikije, UN Environment Assembly (UNEA) gusa […]

Nakunze Umwami wa Tooro, Oyo- umugore wubatse

lisa-kusiima-.jpg

Umugore wubatse witwa Lisa Kusiima yatangaje ko yakunze cyane Umwami wa Tooro, Rukirabasaija Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV w’imyaka 29. Kusiima asanzwe atambutsa ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, akaba n’umugore wubatse, ufite abana babiri. Avuga ko bwa mbere, umugabo yabonye bwa mbere akabona aramukunze (crush) ari Umwami wa Tooro, Oyo Nyimba. Yabwiye SQOOP ko yari […]

Ntabwo ubwoko bushya bwa Covid-19 bwayogoje u Buhinde bwaba bwarasakaye mu Rwanda?

Mu gihe imibare y’abandura Coronavirus mu Rwanda yatumbagiye kuva mu ntangiro za Kamena 2021, hari ukwibaza niba ubwoko bushya bwa COVID-19 bwayogoje u Buhinde bwaba butarageze hirya no hino mu Rwanda. Amoko mashya ya Covid-19 yabonetse bwa mbere mu Bwongereza no muri Africa y’Epfo. Inzobere mu buzima zivuga ko amoko mashya ya Covid-19 ariyo ari […]

Karasira yaba yanduye Coronavirus?

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga cyane kuri Twitter, avuga ko Aimable Karasira, uherutse gutabwa muri yombi, yaba yaranduye Coronavirus. Amakuru ataremezwa n’inzego bireba, avuga ko yaba arwaye Covid-19 nk’imwe mu mpamvu zituma atagezwa imbere y’ubutabera. Mu gihe hari abibaza amakuru y’imvaho kuri iki kibazo, Minisiteri y’Ubutabera kuri Twitter, yavuze ko ibyo kuba Karasira yaba […]