FDLR ku ifatwa rya Col. Nshimiyimana wasanzwe muri batisimu
Nshimiyimana Augustin ufite ipeti rya koloneri (Col.) mu mutwe w’inyeshyamba za FDLR zirwanya u Rwanda, yafatiwe mu Burasirazuba bwa Congo akaba ngo yarafashwe n’abantu bambaye imyenda ya gisirikare bamukuye muri kiliziya aho yari yitabiriye batisimu y’abana be. Amakuru avuga ko yafashwe ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021, ahitwa i Ngungu muri teritwari ya Masisi nk’uko […]
Inteko ya Tanzania yisanze irimo abagabo gusa

Inteko Ishinga amategeko ya Tanzania kuri uyu wa 8 Kamena 2021, yisanzemo abadepite b’abagabo gusa bitewe n’uko abagore bose byabaye ngombwa ko bajya mu nama na Perezida, Samia Suluhu Hassan. Perezida Samia ari mu nama n’abagore basaga igihumbi bituma inama ya Gatatu y’inteko ya 12 yisanga irimo abagabo gusa. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza […]
Bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bashobora kwanga kujya mu myitozo
Amakuru ahari ni uko hari abakinnyi bamwe ba Rayon Sports bashobora kwanga kwitabira imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2021 bitewe n’ibirarane by’imishahara ndetse n’ayo baberewemo kuri recruitment. Radio Rwanda yazindutse itangaza ko ibi biri kuvugwa muri Rayon Sports, bishobora guteza umwuka utari mwiza mu gihe iyi kipe yitegura gucakirana na […]
Amezi arirenze umusizi Bahati abuze avuye guhura n’abataramenyekana
Umusizi Bahati Innocent ntiyongeye gukubitwa amaso kuva ku cyumweru tariki 07 Gashyantare 2021 nimugoroga ubwo hari umuntu wari gusangira na we kuri Hotel iri mu Mujyi wa Nyanza. Mugenzi we Rumaga, babanaga yatangaje ko abo babonanye bwa nyuma mu Mujyi wa Nyanza bamuheruka ababwira ko atashye. Bahati ukiri ingaragu, azwi mu bisigo bivuga ku mibereho […]
Gakenke: Umuganga wafashwe asambanya umugore yaba yaraguye mu mutego
Ku Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi 2021, nibwo Umugabo ukora umwuga wo kuvura mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, intara y’amajyaruguru, yaguwe gitumo ari gutera akabariro n’umwarimukazi mu rugo rw’uwo murezi gusa biravugwa ko uyu muganga yaguye mu mutego wari watezwe n’uyu mwarimukazi afatanyije n’umugabo we. Nyirurugo yitwa Tuyishime Emmanuel. Biravugwa ko ubwo […]
Nishimiye ko TB Joshua yapfuye-Umupasiteri
Umupasiteri witwa Jackson Ssenyonga washinze Itorero ryitwa Christian Life Church Bwaise avuga ko yashimishijwe n’urupfu rw’umuhanuzi, Temitope Balogun wari uzwi nka TB Joshua kuko ngo asanga yarayobyaga abantu. Ssenyonga avuga ko TB Joshua yari umunyabyaha kandi ngo yoretse ubuzima bwa benshi mu kubabwiriza ibinyoma. Avuga ko yari akwiriye urupfu. Ati ” Nishimiye ko TB Joshua […]
Uganda yasubije u Rwanda inka 11
Abayobozi mu Karere ka Ntungamo muri Uganda basubije mu Rwanda inka 11 zari zinjijwe muri icyo gihugu mu buryo butemewe. Izi nka zasubijwe u Rwanda kuwa Gatanu w’icyumweru gishize zinjijwe muri Uganda zinyujijwe mu isanteri ya Kafunjo muri Mirama. Ubuyobozi muri Ntungamo nk’uko Chimpreports ibitangaza, buvuga ko izi nka zari zigiye kujyanwa ahitwa Kyazanga. Kugeza […]
Abubakar Shekau wa Boko Haram ‘yapfuye’
Umuyobozi w’umutwe wa Islamic State West Africa Province (Iswap), Abu Mus’ab Habeeb Bin Muhammad Bin Yusuf al-Barnawi, avuga ko umuyobozi wa Boko Haram, Abu Mohammed Abubakar bin Mohammad al-Sheikawi uzwi nka Aboubakar Shekau yiturikirijeho ibisasu nyuma y’imirwano yahuje impande zombi ubusanzwe zidacana uwaka. Mu majwi yagiye hanze agasamirwa hejuru n’ibitangazamakuru, Musab yumvikana avuga ko ” […]
Abasirikare b’ u Rwanda baba barinjiye ku butaka bwa Uganda
Komite y’Umutekano mu Karere ka Rukiga ivuga ko yafashe umwanzuro wo kongera za paturuye z’igisirikare n’igipolisi mu rwego rwo kugenzura neza umutekano kuko ngo hari abasirikare b’ u Rwanda bafite imbunda ngo baherutse kugera ku butaka bwa Uganda birukankana abacuruza Kanyanga. Ikinyamakuru gitungwa agatoki ko kiri mu kwaha kwa Leta ya Uganda, Chimpreports, kivuga ko […]
Abo kwa Ntamuhanga bavuga ko mu bamufashe harimo abavuga Ikinyarwanda bigize nk’abaguzi b’ingurube
Umuryango w’Umunyamakuru, Cassien Ntamuhanga bavuga ko mwenewabo yafatiwe ku kirwa cyitwa Inhaca muri Mozambique n’abantu bagera ku 10 barimo bane bavuga Ikinyarwanda bari bigize nk’abaje kugura ikibwana cy’ingurube. Ntamuhanga yafashwe kuwa 23 Gicurasi 2021 nk’uko bisobanurwa na James Kabagyema, mwenenyina, wahunze u Rwanda mu 20218. Mu nkuru ya Daily Monitor, Kabagyema asaba Leta ya Mozambique […]
Umukobwa yavuze impamvu itangaje abakobwa bakwiriye kwibanira n’abo bahuje ibitsina bakareka abagabo
Umuhanzi wo muri Kenya, Natalie Florence, uzwi nka Noti Flow, yavuze impamvu itangaje yatumye areka gukundana n’abagabo, ubu akaba yikundanira n’abo bahuje igitsina bitewe n’uburyo abagabo ngo nta keza kabo, ingingo itangaje kuko akenshi bamwe badakunze kuvuga impamvu isa n’iyi yaba ibatera gufata icyo cyemezo. Ubwo yashyiraga ahagaragara umukunzi we mushya, Noti avuga ko yagiye […]
Uko Cardinal Kambanda abona abanenga Perezida Kagame
Antoine Cardinal Kambanda avuga ko abona abanenga Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame ari abagamije inabi, ngo ntacyo bakoze mu gihe jenoside yabaga, kwimakaza ivanguramoko n’ibindi yarondoye bitari byiza. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Le Croix cyagarutse ku ngingo zirimo urugendo rwa Perezida Macron mu Rwanda, Abapadiri bakoze Jenoside n’abayikekwaho, ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda […]
Abanyankole barya ingurube bo babikora- Museveni
Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni Tibuhaburwa avuga ko mu muco w’ubwoko bwe, Abanyankole guhemuka atari byo gusa ngo akeka ko benewabo barya ingurube bo bashobora kuba babikora. Museveni ubwo yageza ku baturage uko Uganda ihagaze, yavuze ko hari umwe mu bo muri guverinoma wamusabye kureka kohereza mu mahanga umuti wo gukaraba intoki uzwi nka […]
U Rwanda ruri kugerageza imbwa zapima covid-19 mu minota ibiri
Mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Kamena, hatangiye igeragezwa ry’umushinga mushya wo gukoresha imbwa zabugenewe mu gutahura no gupima Covid-19, ku bantu bamaze kuyandura zikoresheje iminota ibiri. Ni imbwa ifite ubushobozi bwo kuba yapima ikizamini cya covid-19 mu minota ibiri mu gihe ubusanzwe uwipimishaga yabonaga ikizamini ku munsi ukurikiyeho. Izi mbwa zikazajya zikora […]
Ntitugitera akabariro-Umuturage wimuwe na Rusizi
Bamwe mu baturage bimutse bava mu Gatumba mu Burundi aho imyuzure ya Tanganyika n’umugezi wa Rusizi yabateye kuva mu byabo bavuga ko ubu batagikora imibonano mpuzabitsina bitewe n’uko bari mu tuzu duto cyane kandi twegeranye. Aba bakuwe mu byabo ubu bari muri zone Maramvya yo muri komine Mutimbuzi mu Ntara ya Bujumbura, aho Perezida w’ […]
Abasezerana imbere y’amategeko baragabanutse mu 2020-NISR
Raporo ku irangamimerere y’Ikigo cy’Ibarurishamibare mu Rwanda, (NISR), igaragaza ko imibare y’abasezeranye imbere y’amategeko mu 2020 yagabanutseho ibihumbi 17 ugereranije na 2019. NISR ivuga ko zimwe mu mpamvu zateye iryo gabanuka, harimo icyorezo cya Covid- 19 ndetse n’Imirenge imwe n’imwe ituzuza neza abashyingiwe. Yerekana ko imiryango 30 859 yashyingiwe byemewe n’amategeko mu 2020 bavuye ku […]
Hari uwo mu muryango wa Me Bukuru uvuga ko yishwe mu mugambi wateguwe
Umurambo w’umunyamategeko, Ntwari Bukuru watoraguwe i Kigali nyuma yo guhanuka mu nyubako ndende muri Nyabugogo mu gitondo kuwa Gatatu, umwe mu bo mu muryango we avuga ko nta kabuza yishwe mu mugambi wateguwe n’abantu atavuga abo ari bo. Me Bukuru azwi cyane avuga ku bwicanyi avuga ko bugamije kurimbura Abanyamulenge muri DR Congo, agashinja kenshi […]
Bankoze mu bwonko- Gen Katumba Wamala
Gen Katumba Edward Wamala akaba na Min. w’Ubwikorezi n’Umurimo muri Uganda avuga ko abamurashe, bakica umushoferi we, Kayondo Haruna n’umukobwa we, Brenda Nantongo Wamala bamukoze mu bwonko ku buryo agiye kugira icyo abikoraho. Gen Wamala kuwa Kabiri mugitondo ubwo yerekezaga ku kiriyo cya nyirabukwe, abantu bane bamumisheho amasasu 56, arahakomerekera. Ku munsi wo gushyingura umukobwa […]
Uwo bivugwa ko ari umuhungu wa Me Bukuru mu mvugo ikakaye ku rupfu rwa Se
Amakuru BWIZA itaremeza avuga ko Me Bukuru Ntwali, afite umuhungu witwa Enock Ngoga, wagiye kuri Twitter, akoresha amagambo akakaye ku rupfu rw’uyu munyamategeko kugeza ubu rutarasobanuka neza. Mu ntangiro z’icyumweru, Me Bukuru yahanutse ku igorofa ry’Inkundamahoro i Nyabugogo gusa bamwe bavuga yaba yarishwe, abandi bati yariyahuye. Ni ingingo itavugwaho rumwe mu gihe iperereza ritararangira ngo […]
Umukobwa wa Gen Katumba Wamala yashyinguwe yambaye ikanzu y’ubukwe
Umukobwa wa Gen Katumba Edward Wamala, Brenda Nantongo Wamala yashyinguwe yambaye ikanzu y’ubukwe ahitwa Kikwanda, ugana Mukono muri Uganda. Brenda yishwe ubwo abantu bataramenyekana bamishaga urufaya rw’amasasu 56 ku modoka yari itwaye Se waje kurusimbuka naho umushoferi wari ubatwaye, Kayondo Haruna, n’uyu mukobwa barahagwa. Nyina w’uyu mukobwa, Christine Katumba kuwa Gatatu yari yarangaje ko ibi […]
Dufite ubwoba, turi gushaka amakuru- Umwavoka wa Ntamuhanga
Umunyamategeko wa Ntamuhanga Cassien, Simao Henrique Buque avuga ko kuri ubu bafite ubwoba, bagishakisha amakuru kuko we n’abakoranaga n’umukiliya we batazi neza aho aherereye. Simao Henrique Buque yabwiye BBC ati: “Ku makuru turi kumva, turi gukora ibishoboka ngo tumenye ukuri kubyo kumujyana aho ariho hose.” Ntamuhanga yatawe muri yombi ku cyumweru tariki 23/05 ku kirwa […]
SADC yateye utwatsi ko RDF yajya muri Mozambique
Hari amakuru ko abaperezida bo mu bihugu bigize Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC) bateye utwatsi ko Ingabo z’ u Rwanda (RDF) zajya muri Mozambique isumbirijwe n’intagondwa ziyitirira Idini ya Islam zayogoje bimwe mu bice by’icyo gihugu. Inama ya Troika yabaye kuwa Kane w’icyumweru gishize muri Mozambique yarimo abakuru b’ibihugu bari kumwe […]
Umudepite mu nteko ya Tanzania yasohowe nabi kubera ipantaro
Umudepite witwa Condester Sichwale yasohowe nabi mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania nyuma y’aho hari mugenzi we wari wijujutiye ipantaro y’umukara yari yambaye kuko imwegereye cyane. Ibi byakozwe nyuma y’aho undi mudepite witwa Huseein Amar avuze ko mugenzi we yambaye ipantaro idakwiriye. Yagize ati ” Nyakubahwa muyobozi w’inteko, reba uriya mudepite wicaye iburyo bwanjye, wambaye […]
Protais Musoni ku ngumi n’imigeri zavugije ubuhuha muri nteko nyafurika i Johannesburg
Umuyobozi mukuru wa Pan African movement ishami ry’u Rwanda, Musoni Protais, yanenze imirwano yaranzwe n’ingumi n’imigeri byaranze Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iri kubera muri Afurika y’Epfo. Iyi nteko ikomeje kurangwa n’imvururu no kutumvikana ku bice biyigize mu nteko rusange yayo. Musoni avuga ko ” kuba abantu bakomoka ku mugabane umwe bakirwana […]
Nitubona itegeko tuzamanuka ku bakorana na Makanika ba Twirwaneho, ba Biloze Bishambuke-FARDC
Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo DR mu Ntara ya Kivu y’Epfo, Capt. DieudonnĂ© Kasereka avuga ko bari kwitegura, ko bategereje itegeko ngo bamanuke basenye imitwe ya Mai Mai, Biloze Bishambuke na Twirwaneho n’indi iteza umutekano mucye muri iyo ntara. Imirwano hagati y’iyi mitwe muri wikendi ishize yatumye Abanyamulenge benshi mu gace ka […]
Amafoto: Abagabo 38 bafatiwe i Kampala bigize abagore mu bukwe bw’abatinganyi hari n’udukingirizo

Abantu b’igitsinagabo 38 bafatiwe i Nansana mu Mujyi wa Kampala bambaye nk’abagore mu bukwe bw’abari bagiye kubana bahuje ibitsina bazwi nk’abatinganyi ndetse hasangwa udukingirizo tutarakoreshwa. Luke Owoyesigyire, Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gice cy’umujyi, avuga ko bakiriye amakuru ko hari abatinganyi bateguye ubukwe muri zone 780 ahitwa Ochen muri Nansana. Yagize ati: ” Ako […]
MSF irikanga Kolera ishobora kwaduka i Goma
Umuryango w’abaganga batagira umupaka MĂ©decins Sans Frontières (MSF) uvuga ko kubera ko indwara ya kolera (cholera) isanzwe iboneka mu gace kegereye ikirunga cya Nyiragongo biteye inkeke cyane, bicyenewe ko mu buryo bwihutirwa abantu bo mu Mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa DR Congo bagezwaho amazi meza yo kunywa. Ibi MSF ibishingira ku kuba abantu hafi […]
Uko abajura bashatse kwigiriza nkana kuri Gen Salim Saleh
Abantu bane batawe muri yombi bakurikiranweho gushaka kwiba miliyoni 43 z’amashilingi kuri konti ya murumuna wa Museveni, Caleb Akandwanaho bakunze kwita Salim Saleh. Konti ya Gen Saleh iri muri Stanbic Uganda niyo aba bagabyeho ibitero. Abo ni: Isima Katende, Mawejje Yahaya, Mukasa Tukiko na Steven Ssemwogere. Aba bakoresheje imeli, bandikira manaja (manager) wa Stanbic Bank […]
Hari imbogamizi mu gucungira umutekano abashobora gushinjura Kabuga bari mu Rwanda- Umwavoka
Umwunganizi wa FĂ©licien Kabuga, Me Altit yasabye urukiko rwa ONU/UN ikindi gihe cyo gutegura urubanza mu mizi rw’uwo yunganira, agaragaza ko hari imbogamizi ku ngingo yo gucungira umutekano abashobora gushinjura umukiliya we bari mu Rwanda. Iburanisha ryasubukuwe kuwa kabiri nimugoroba, nyuma y’amezi atandatu risubitswe bisabwe n’impande zombi ngo zitegure urubanza. Me Emmanuel Altit wunganira Kabuga […]
Kugira amazina nk’ayabari mu Rwanda bituma hari abatwiyenzaho- Meya Bizimana ku kibazo cya Gen Kayihura
Meya w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana avuga ko kuba Abafumbira baturanye n’ u Rwanda, hakaba hari abo bahuje nabo amazina, hari ababyuririraho muri Uganda, bakabigirizaho nkana mu gihe hari ikibazo hagati y’ibihugu byombi. Mu kiganiro na The Daily Monitor ku kibazo cya mwenewabo Gen Kale Kayihura, nibwo yatangaje ibi avuga ko atari ku Rwanda gusa, […]
Aba yarashe mu kico izo ngurube- Museveni ku iraswa rya Gen Katumba Wamala
Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni avuga ko umurinzi wa Gen Katumba Wamala, aba atiriwe arasa mu kirere, ko ahubwo yari kurasa mu kico abo ari kwita ”ingurube” barashe uyu mujenerali w’inyenyeri enye. Museveni avuga ko aba bari abantu bakora iterabwoba bityo ko uyu murinzi, aba yahise abarasa, aho kurasa mu kirere ngo bahunge. Avuga […]
Butaro: Batanu mu barwayi 20 baba bafite kanseri zifite aho zihuriye no kunywa itabi
Umuganga uvura Cancer mu Bitaro bya Butaro byo mu Karere ka Burera, Dr. John Butonzi, avuga ko uretse Cancer y’ibihaha, itabi ari intandaro ya Cancer z’amoko anyuranye mu bantu bari mu kigero cy’imyaka 35 na 70 y’amavuko. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC kivuga ko mu Rwanda abantu 12.8% banywa itabi biganjemo urubyiruko, naho abaganga bavura […]
Amagambo Gen Katumba Wamala yatangaje mbere yo kuraswa

Gen Katumba Edward Wamala uri mu basirikare bakomeye mu gisirikare cya Uganda (UPDF) mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021 yarashwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana ubwo yari amaze akanya gato yifurije abaturage kwirinda Coronavirus no kugira ukwezi kwa Kamena kwiza. Gen Wamala yari akimara kwandika ubwo butumwa kuri Twitter nibwo byahise […]
Nahawe ‘warning’ ko ntagomba kuzongera kuvuga kuri jenoside-Karasira mbere yo gutabwa muri yombi
Aimable Karasira wahoze ari umwalimu wa kaminuza ubu uzwi mu biganiro bikunze guteza impaka kuri YouTube kuri ubu yafunzwe ashinjwa “guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi” nyamara ngo yari yaraburiwe, asabwa kutazagira icyo yongera kuvuga kuri jenoside. Ku cyumweru, kuri ‘channel’ ye ya YouTube yise Ukuri Mbona, Karasira, yavuze ko yari yarahawe “‘warning’ [kuburirwa] […]
Abadepite basuzumye itegeko rishobora gukumira abanyamahanga kubona ubutaka uko bishakiye
Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite, yatangiye igikorwa cyo gutora itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda, rikaba ryitezweho no gukumira abanyamahanga kubona ubutaka uko bishakiye. Iri tegeko kandi rizafasha abaturage kubona ibyangombwa by’ubutaka buri munsi ya hegitari 1, rikazasimbura iryari ririho ryo muri 2013 bigaragara ko ryari ririmo ibyuho. Zimwe mu mpinduka z’ingenzi zakozwe ku Itegeko rigenga […]
Gen Salim Saleh mu mweyo wo muri Uganda Airlines
Murumuna wa Perezida Museveni akaba n’Umuyobozi wa Operation Wealth Creation (OWC) ya UPDF, Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh ari inyuma y’iyirukanwa ry’abakozi batandukanye barimo abayobozi bakuru muri Uganda Airlines. Mu minsi mike ishize, Museveni yahagaritse ku kazi abayobozi bakuru ba Uganda Airlines avuga ko barya ruswa. Gen Saleh, Chimpreports itangaza ko bisa nkaho ari […]
Biravugwa ko Karasira Aimable yatumijweho na RIB
Amakuru acicikana ku mbuga nkoranyambaga aravuga ko umuhanzi Aimable Karasira wahoze yigisha muri Kaminuza y’ u Rwanda yahamagajwe na RIB ku mpamvu zitaratangazwa. Ntwali John William kuri Twitter yatangaje ko ” Karasira yasabwe kwitaba ku biro bikuru bya RIB i Kigali (Kamukina) nta kubura cyangwa ngo akerererwe.” Amakuru avuga ko Karasira yaba yahamagajwe n’umukozi wa […]
Indirimbo ya Diamond ishobora kumuteza ibibazo muri BET Awards 2021
Abakoresha Twitter batandukanye cyane abakurikirana umuziki, batangije inkundura yo gukora ibishoboka byose ngo umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz atazatorwa mu irushanwa rya Black Entertainment Television (BET) 2021 bamuziza guhengama muri politiki. Bamwe kuri Twitter bavuga ko Diamond adakwiriye gutorwa kuko ” Avanga politiki n’umuziki kandi agahengamira ku ruhande rw’ishyaka rimwe mu gihe abakunzi be […]
Uwahiritse ubutegetsi muri Mali yakozwe mu jisho mu nama ya CEDEAO
Abategetsi bo mu muryango w’ubukungu w’ibihugu by’Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO/ECOWAS bahagaritse Mali mu bihugu binyamuryango nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryo mu cyumweru gishize ryakozwe n’igisirikare riyobowe na Col. Assimi GoĂŻta na we wari muri iyo nama. Iyi coup d’etat ni iya kabiri muri Mali mu mezi icyenda gusa, ingingo CEDEAO yagaragaje ko itakwihanganira n’ubwo Col. Assimi ashobora […]
Canada: Umudepite wari mu nama kuri ‘Zoom’ yagaragaye yambaye ubusa
Umudepite wo muri Canada, William Amos ubwo yari mu nama na bagenzi hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga kuri Zoom yambaye ubusa gusa imyanya y’ibanga yari ikingirijwe na telefoni ubwo yari ari kwihagarika. Amos mu ijoro ryo kuwa Kane yanditse kuri Twitter, avuga ko “yagiye kwihagarika atazi neza ko, kamera ifunguye.” Avuga ko ” Ntewe isoni cyane n’ibikorwa […]
Narishimye cyane, sinicuza, nabonaga yabize icyunzwe- abagore bavuga uko byagenze ku munsi wo gutakaza ubusugi
Ikinyamakuru The Huffington Post cyabajije abagore batandukanye bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu, bavuga uko byabagendekeye ku munsi batakajeho ubusugi, bamwe bavuga ko byabashimishije n’ibindi. Umugore wo muri Irland ati ” Natakaje ubusugi kuri Noheli. Hari ku gicamunsi cya Noheli. Nari ndi kumwe n’umuhungu w’imyaka 17 twari tumaze amezi […]
Ishyaka riravuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwaguye ku buryo bukabije

Ishyaka Rwandese Platform for Democracy (RPD) riravuga ko hakwiriye ibiganiro ku cyo rivuga ko ari ikibazo cy’ubukungu bw’ u Rwanda buhagaze nabi gusa ngo byagera mu myaka itatu ishize, bukaba bwaraguye ‘bikabije’. Iri shyaka mu itangazo ryashize hanze kuri uyu wa 28 Gicurasi 2021 BWIZA yabonye, ritangaza ko ibyo rivuga bishingiye ku mibare ya MINECOFIN, […]
Abakorana na Ntamuhanga Cassien bavuga ko batazi niba agifungiwe muri Mozambique
Cassien Ntamuhanga watorotse gereza yo mu Rwanda mu 2017 yafatiwe muri Mozambique nk’uko byemezwa n’abo mu ishyaka rye rya politiki gusa bakavuga ko batazi niba yaba agifungiwe muri icyo gihugu. Itangazo ryasohowe n’ishyaka Rwandan Alliance for the National Pact – Abaryankuna, Ntamuhanga ari mu bashinze, rivuga ko yafashwe na polisi ku cyumweru i Maputo muri […]
Amazuku atemba ajya mu kiyaga cya Kivu ashobora guteza ‘tsunami’ n’igicu cya gaze irimo uburozi- Ubutegetsi
Abategetsi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bafite impungenge ko amazuku cyangwa amahindure (lava) atemba ajya mu kiyaga cya Kivu ashobora guteza ‘tsunami’ n’igicu cya gaz irimo uburozi. WASOMA: https://bwiza.com/?Goma-Ntibahangayikishijwe-no-kongera-kuruka-kw-ikirunga-gusa-bafite-n Umuryango w’abibumbye (ONU/UN) watangaje ko abantu bagera ku 400.000 bamaze guhunga bava mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma […]
Meya Lukwago yabonywe ‘arabya indimi’ ku mabuno ya Winnie Nwagi
Meya w’Umujyi wa Kampala, Erias Lukwago Ssalongo yagaragaye yarangariye amabuno y’umuhanzikazi Winnie Nwagi bari bahuriye mu birori. Nwagi n’ubusanzwe ugira inyuma hashotorana yari mu bahanzi bari baje gususurutsa abari bitabiriye ibirori bya nyuma yo kurahira kwa Lukwago. Abari aho babibonye ko Meya Lukwago yari yarangariye amabuno gusa bimwe mu bitangazamakuru muri Uganda bivuga ko ” […]
MC yasohotse mu bukwe arigendera atabuyoboye akimara gukubita amaso umugeni
Umusangiza w’amagambo (MC) wari mu bukwe ahitwa Mwatate, Taveta muri Kenya yasohotse mu bukwe arigendera atabuyoboye nyuma yo kubona ko umugeni ari umukobwa bigeze gukundana kera bagatandukana. Ibinyamakuru byo muri Kenya bivuga ko MC yakundaga uwo mukobwa cyane ku buryo byamugoye kwihangana agakomeza kuyobora ubukwe, ahitamo kurambika mikoro hasi arigendera. MC usanzwe ari mwarimu ku […]
Gen Rui Jorge aravugwa mu itabwa muri yombi rya Ntamuhanga Cassien
Umuyobozi w’Ubutasi bwa Gisirikare muri Mozambique, Brig Gen Rui Jorge aravugwaho gutanga amabwiriza yo guta muri yombi, Cassien Ntamuhanga. Uyu mujenerali mu Ngabo za Mozambique (Forças Armadas de Defesa de Moçambique) ni we uvugwa muri iri fatwa Ntamuhanga wabaga muri Mozambique nk’impunzi ntibizwi icyamuteye kuba yaba yaratanze ayo mabwiriza niba koko ari we ubiri inyuma […]
Hari abafata uruzinduko rwa Macron nk’urw’ubutwari
Mu gihe biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron agera mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, abakurikiranira hafi imibanire y’ibihugu byombi mu myaka 27 ishize, basanga uru ruzinduko ari ikimenyetso gikomeye gishimangira ubutwari bwe. Bavuga ko uyu muyobozi yifuje ukuri ku ruhare igihugu cye cyagize mu mateka ya jenoside yakorewe Abatutsi, bityo […]
Igitero cya FLN: Rushorera mu mubano w’ u Rwanda n’ u Burundi
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko ahangakishijwe n’uburyo umubano w’igihuhu cye n’u Burundi wari utangiye kuba mwiza nyamara icyo gihugu baturanye kikaba gikomeza kuvugwa ko giha intwaro abatera u Rwanda. Prezida Kagame yabibwiye ikinyamakuru Jeune Afrique cyandikirwa mu Bufaransa. Iyo nkuru yashyizwe ahagaraga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, nyuma y’ibitero byabaye mu […]
J. Cole yavuye mu Rwanda ‘ku mpamvu ze bwite’
Umuraperi w’umunyamerika J. Cole wari uri gukinira ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League ntabwo azakina imikino ya 1/4 kuko yahisemo kuva mu Rwanda ku bivugwa ko ari impamvu ze bwite. Cole nta makuru arambuye yatanze ku mpamvu zatumye agenda iri rushanwa ritarangiye. Ikipe yari yaje gukinira ya Patriots […]
Abo mu kigo RISA bariye indimi kuri asaga Frw miliyari ebyiri babitse
Mu gihe bimwe mu bigo bya Leta hadasizwe na za minisiteri zimwe na zimwe bahuye n’ikibazo cy’ingengo y’imari yabaye iyanga, Ikigo cya Leta cyitwa RISA ( Rwanda Information Society Authority) kibitse asaga Frw miliyari ebyiri, abayobozi bacyo batavuga uko azakoreshwa. Kuwa 23 Mutarama 20218, RISA yafunguye konti nomero 1000043105 muri Banki Nkuru y’ u Rwanda […]
Kicukiro: Uwahoze mu Ngabo z’u Rwanda yakubise umuturage inyundo mu mutwe
Umugabo witwa Mukurarinda Ernest bakunda kwita Komanda yakubise uwitwa Umutesi Elizabeth inyundo mu mutwe incuro eshatu bapfa amafaranga avuga ko bamwibye ubwo basangiraga inzoga mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 22. Abaturage batuye mu Mugudu wa Nyakarambi, Akagari ka Gitaraga, Umurenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro ho mu mujyi wa Kigali babwiye UMUBAVU ko […]
Mali: Abigaragambya basabwe kwishakamo Min. w’Intebe
Itsinda rikomeye ryo muri Mali rizwi nka M5 RFP ryateguye imyigaragambyo yo mu mwaka ushize yagejeje ku ihirikwa rya perezida wari uriho icyo gihe, ryavuze ko ryasabwe gutanga umukandida ku mwanya wa minisitiri w’intebe. Soya Djigue wo muri iryo tsinda, yavuganye na BBC mu kiganiro Focus on Africa ku wa kabiri, nyuma yuko ku wa […]
Rubavu: Abari barimo gusambana bagwiriwe n’igorofa
Amakuru ataremezwa aturuka i Rubavu avuga ko umusore n’umukobwa bari barimo gusambanira muri rimwe mu igorofa ryo mu Mujyi wa Gisenyi, bagwiriwe n’igorofa kubera umutingito. Umwe mu bahaye amakuru BWIZA avuga ko aba bombi bakomeretse nyuma yo kugwirwa n’inzu ubwo bari baryamanye muri Lodge. Avuga ko ” Nabonye uwo mukobwa bari kumukura mu nzu bakoresheje […]
Gashumba yabonywe asohoka mu gicuku mu rugo rw’umupfakazi wa shehe

Ikimenyabose ku mbugankoranyambaga, Frank Malimungu Gashumba yagaragaye mu gicuku kinishye, asohoka mu rugo rw’umupfakazi wa Sheikh Nuhu Muzaata witwa Dr Kuluthum Nabunya Muzaata bikavugwa ko ari we wamwinjiye nyuma y’urupfu rw’umugabo we. Ugblizz ivuga ko Gashumba yasohotse muri urwo rugo mu ijoro umunsi uwo mugore abona PHD mu burezi yakuye Makerere kuwa Kabiri w’icyumweru gishize. […]
Yagiye mu bitaro arembye ku bwo kwiyiriza asaba ko yabona Lamborghini yo guha umukobwa
Umusore wo mu gace ka Bindura muri Zimbabwe rwagati witwa Mark Muradzira yaguye hasi arahwera, ajyanwa mu bitaro ku bwo kumara iminsi 33 atarya ngo arasaba Imana imodoka ya Lamborgihini yo guha umukobwa bakundana. Muradzira yemeraga ko n’amara iminsi 40 n’amajoro 40 azahabwa iyo modoka ihenze, maze akayiha umukunzi we yihebeye. Byageze hagati ariko, ararembera […]
Humvikanye amasasu i Rubavu
Umwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rubavu avuga ko ubwo byamenyekanaga ko Nyiragongo yatangiye kuruka, abantu bamwe i Goma bakaba bari batangiye guhunga, bumvise amasasu menshi ku buryo ngo nayo yatumye bakuka umutima kurushaho. Uyu muturage kuri ubu yamaze kuva mu Mujyi wa Gisenyi ku bwo gutinya umutingito yabwiye BWIZA ko kuwa Gatandatu hakurya […]
Umutware yanzuye ko umurambo wa Mugabe utabururwa
Umutware gakondo muri Zimbabwe yategetse ko umubiri w’uwahoze ari Perezida Robert Mugabe utabururwa ugashyingurwa mu irimbi ry’intwari z’igihugu. Mugabe yapfuye mu 2019 ashyingurwa mu cyaro ku rugo rwe ahitwa Kutama nk’uko yabyifuje, aho gushyingurwa mu irimbi ry’intwari riri mu murwa mukuru Harare, nk’uko uwamusimbuye Perezida Emmerson Mnangagwa n’abandi babyifuzaga. Umuryango we wavuze ko Mugabe yababwiye […]
Musanze: Umusore w’imyaka 30 yashakanye n’umugore w’imyaka 82
Bamwe mu baturage batuye hafi n’amashuri abanza ahitwa i Kanombe mu Kagari ka Songa mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze bavuga ko hari umusore uri mu kigero cy’imyaka 30 washyingiranwe n’umugore w’imyaka 82 y’amavuko. BWIZA yahisemo kudatangaza amazina y’aba bombi (privacy). Umwe mu bazi uyu muryango yabwiye BWIZA ko hashize nk’ibyumweru bibiri aba […]
Rubavu: Inzu 19 zimaze gusenywa n’umutingito, 41 zazanye imitutu
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique, kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere habarurwaga inzu 19 zasenyutse na 41 zazanye imitutu. Kugeza saa tanu, BWIZA yari yabagejejeho inkuru ko hamaze gusenyuka inzu eshatu kuva iruka rya Nyiragongo ryatangira. https://bwiza.com/?Umutingito-washenye-inzu-ya-mbere-i-Rubavu Icyakora ubu ibyangirike byakomeje kwiyongera kuko hari n’ishuri ribanza ry’ahitwa […]