Ibihugu bya Afurika bitandukanye birimo Congo byahamagaje ababihagarariye muri Libya
Kuri uyu wa kabiri, itariki 21 Ugushyingo 2017, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yahamagaje ambasaderi wayo muri Libya nyuma yâaho ngo bigaragariye ko muri iki gihugu hakorerwa ubucuruzi bwâabantu. Ubuyobozi bwâiki gihugu cyâabaturanyi cya Congo buravuga ko bwifuza kumenya byâukuri uko ibintu bimeze muri Libya no kumenya niba Abanye-Congo bahatuye bacyurwa mu gihe […]
Kigali: Imikorere ya sosiyete zitwara abagenzi inenzwe imyaka 4, ese ikibazo kizakemurwa na nde?
Ubuyobozi bwâ Umujyi wa Kigali, RURA ndetse nâamasosiyeti atwara abantu mu mujyi wa Kigali bari biyemeje kuvugurura imikorere yo kubatwara ndetse zimwe mu modoka (taxi minubus) zamburwa ubwo burenganzira, bizezaga abagenzi ko aribwo ibintu bigiye mu buryo ariko abagenzi babona byarazambye kugera naho bamwe bifuza uburyo bari basanzwe bategagamo. Ibi bigaragara cyane iyo abantu bagiye […]
Zimbabwe: Perezida Robert Mugabe yemeye kurekura ubutegetsi
Perezida Robert Mugabe wari umaze imyaka 37 ayoboye Zimbabwe, kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, itariki 21 Ugushyingo 2017, yemeye kurekura ubutegetsi avuga ko abikoze ku bushake kugirango ubutegetsi buhererekanwe mu mahoro nkâuko bitangazwa nâIbiro Ntaramakuru byâu Bwongereza, Reuters. Aya makuru yâiyegura ku butegetsi kwa perezida Mugabe yatangajwe nâumukuru wâInteko Ishinga Amategeko ya […]
Uganda: Umupasiteri uvuga ko yahanuye ko perezida Mugabe azitura hasi, ngo yanahanuye ko azeguzwa
Umupasiteri muri uganda witwa Ronnie akaba nâumuyobozi wâitorero rya ETM church mu gace ka Makindye yavuze ko ibyo yagiye ahanura kuri perezida Mugabe wa Zimbabwe biri kugenda bisohora umunsi ku wundi. Uyu mupasiteri yabwiye itangazamakuru ku itariki ya 31 Ukuboza 2016, ko yari yarahanuye ko hari umuperezida wâumunyafurika uzitura hazi, ibyo byaje kuba ubwo perezida […]
Sudani: RDF yashyikirije abaturage ba Darfur ishuri rishya ryisumbuye yabubakiye
Ingabo zâu Rwanda (RWANBATT50) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Muryango wâAfurika Yunze Ubumwe mu bufatanye nâUmuryango wâAbibumbye mu majyaruguru yâIntara ya Darfur, kuwa 18 Ugushyingo 2017 zashyikirije abaturage ba Darfur ishuri rishya ryisumbuye. Ishuri ryatanzwe ni NUSAIBAH rikaba ari ishuri ryisumbuye ryâAbakobwa riherereye mu nkambi yâImpunzi ya AL SALAAM , Intara ya Darfur, […]
Banki yâubucuruzi, KCB, yibwe nâabajura babanje gushaka inzira munsi yâubutaka
Abajura bo mu gihugu cya Kenya bakoresheje uburyo butari bumenyerewe mu kwinjira no kwiba banki bagatwara 482,000$ ahwanye na miliyoni 50 zâmashilingi ya Kenya washyira mu Manyarwanda akagera muri miliyoni 400. Igipolisi cyemeje aya makuru kivuga ko ibi byabaye kuri uyu wa Mbere kuri Banki yâUbucuruzi ya Kenya (KCB) ahitwa Thika mu mujyi wâinganda wa […]
Philippines: Abasilamukazi batije Abakirisitu imyenda ya bo ngo babacikishe abagizi ba nabi
Mu mujyi wa Marawi muri leta ya Philippines, abakirisitu baherutse guhigishwa uruhindu nâabagizi ba nabi bazwi nkâaba Daech, biba ngombwa ko abaturanyi ba bo bâabasilamu batiza abagore bâabakirisitu imyenda ihisha amasura (Hijabs )ngo babashe kujijisha barokoke. Ni mu gihe abakirisitu babarirwa mu1 500 bari mu mutego wâaba barwanyi, bamwe muri bo bakaba babashije gucika bifashishije […]
Perezida Mugabe ngo yaba afite imitungo ifite agaciro ka miliyari yâamadolari isaga
Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo yâigihugu we nâumuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye byâubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari yâamadolari isaga. Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo […]
Fred Ishimwe wari umunyeshuri muri KIE yaburiwe irengero
Fred Ishimwe wâ imyaka 21 yâ amavuko wigaga mu ishuri rikuru ry’uburezi ryahoze ryitwa (KIE) mu ishami ryâ Uburezi nâ Icungamutungo mu mwaka wa 3, yabuze kuva ku itariki ya 10 Ugushyingo 2017, ubu umuryango uracyamushakisha ariko warahebye. Kugirango iyi nkuru imenyekane, umwe muri bagenzi ba Fred Ishimwe witwa James ni we wabanjije kubitangaza ubwo […]
Tumenye inkomoko yo gusuhuzanya no gushimirana, abantu bahana ibiganza
Mu buzima bwa Muntu habamo ibintu byinshi bitera kwibaza imvano n’inkomoko yabyo,ni muri urwo rwego ikinyamakuru Bwiza.com cyabateguriye inkuru zizajya zibamenyesha aho ibintu bitandukanye biboneka mu mico rusange ya muntu bikomoka ,muri gahunda ifite inyito ya âTumenye impamvu yabyoâ . Ibi kandi bisa n’ibituma buri wese abaho mu buryo bwuzuye amatsiko yo kumenya inkomoko yâiki […]
Umwana wâimyaka 14 yatawe muri yombi ashinjwa gusambanya inkoko kugeza ipfuye
Umwana wâumuhungu uri mu kigero cyâimyaka 14 yâamavuko yatawe muri yombi na polisi ya Pakistani ashinjwa nâumuturanyi we kumusambanyiriza inkoko ndetse igakurizamo no gupfa. Umuvugizi wa polisi mu gace ka Jalalpur Bhattian, Mansab Ali yatangaje ko uyu mwana aumbikiwe na polisi akaba ari gukorwaho iperereza ku byerekeye uburyo yasanze inkoko zâumuturanyi we mu nzu yibamo, […]
RDC: Abantu 6 barimo abasirikare ba leta baguye mu mirwano nâumutwe witwaje intwaro
Abantu 6 barimo abasirikare 2 bo mu gisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo baguye mu mirwano yabahuje nâagatsiko kâabarwanyi bitwaje intwaro mu mpera zâicyumweru gishize. Ijwi ryâAfurika dukesha iyi nkuru kivuga ko iyi mirwano yabereye mu ntara ya kivu ya Ruguru ku munsi wok u Cyumweru, abantu bitwaje intwaro bakaba bararasanye nâigisirikare cyâigihugu, ku […]
William Gelling wari uhagarariye u Bwongereza mu Rwanda yabonye umusimbura
Guverinoma yâu Bwongereza yashyizeho ambasaderi mushya uhagarariye iki gihugu mu Rwanda uzaba unahagarariye iki gihugu mu Burundi. Joanne Lomas akaba asimbuye kuri uyu mwanya William Gelling wari umaze imyaka 3 mu Rwanda. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Nkâuko itanagazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma yâu Bwongereza mu mpera zâicyumweru gishize rivuga, William Gelling agiye koherezwa mu yindi mirimo ya […]
Ikinamico: Kuki Loni itakumiriye jenoside mu Rwanda ahubwo ikiha intego yo guhiga abayikoze?
Kuva mu ntangiriro zawo, uyu muryango wâabibumbye (ONU) witwaga SDN, mbere yâ intambara zâ Isi ntiwashoboye kuzuza inshingano zawo niyo mpamvu wahise usenyuka ariko uzaguhindura izina. Uko guhindura izina byari iturufu kuko ntiwigeze uhindura imikorere ni nayo mpamvu yatumye nta gakiza Abanyarwanda bari gukura kuri Loni mu mwaka wa 1994 ubwo Abatutsi bicwaga bazira uko […]
Uganda irahakana ibivugwa ko ishaka guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Uganda yateye utwatsi amakuru amaze iminsi atangazwa nâibinyamakuru byo muri Uganda yâuko iki gihugu cyaba kiri mu mugambi wo guhirika ku butegetsi perezida wâu Rwanda, Paul Kagame. Kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda cyashyize mu majwi kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ngo cyatangaje ko hari umugambi wa Guverinoma ya Uganda […]
Zimbabwe: Perezida Mugabe yemeye kurekura ubutegetsi asigaje gutanga ibaruwa
Perezida wa Zimbabwe Robert Mugabe, yemeye kugirana ikiganiro na visi perezida we, Emmerson Mnangagwa yari amaze minsi yirukanye nyuma akaza kugaruka mu gihugu. CNN dukesha iyi nkuru ivuga ko hari amakuru yizewe yemeza ko perezida Mugabe Robert yaba yamaze kwemera kurekura ubutegetsi ndetse nâibaruwa ibigaragaza ikaba irimo yandikwa. Iki kinyamakuru kivuga ko kuri uyu wa […]
Gicumbi: Haravugwa ishimutwa ryâumunyemari wâUmugande wari waje kubitsa mu Rwanda
Umwuka utari mwiza biravugwa ko ukomeje gufata intera mu Mujyi wa Katuna, ho mu Karere ka Kabale mu gihugu cya Uganda nyuma yâaho ngo umunyemari wo muri iki gihugu ashimutiwe nâabantu bataramenyekana bitwaje intwaro ubwo yari mu Rwanda. Uyu bivugwa ko yashimuswe ni uwitwa Justus Tweyogyere bakunda kwita Mwana Muto, akaba yakoraga akazi ko kuvunja […]
Ndi umugore wâimyaka 24, umusore yanyimariyemo kandi mfite umugabo, nabuze icyo mukorera-NKORE IKI?
Ubwo nari ndi mu bukwe bwâumukobwa twiganye muri segonderi nibwo nahahuriye nâumusore, mu ijoro tubona akanya turaganira kuko twese twari dufite inshingano muri ubwo bukwe biba ngombwa ko tuharara, twaganiriye byinshi pe, ariko ku munsi wakurikiye turatandukana ariko namubwiye ko mfite umugabo kuko nanamwitabaga kuri telefone yumva. Uyu musore nyuma yakomeje kumpamagara, ariko muri uwo […]
Agathe Kanziga yashakaga guhirika Perezida Habyarimana akamusimbuza musaza we
Inyandiko zinyuranye zagiye zigaragara mu bubiko hirya no hino ku Isi, zagaragaje ko umugore wa Perezida Habyarimana, Agathe Kanziga yagiye aharanira ko musaza we, Colonel Elie Sagatwa yasimbura umugabo we. Uyu Colonel Elie Sagatwa yari umuramu wa Habyarimana ari nâumunyamabanga we wihariye mu bya gisirikare ndetse banapfanye ku itariki ya 6 Mata 1994, ubwo indege […]
Jah Bone Kageme ariyama abaharabika u Rwanda bifashishije indirimbo ze
Umuhanzi wâ Umunyarwanda uba mu Bususwisi, Jah Bone Kageme yamaganiye kure Noble Marara na T Sibomana ku bwo gukoresha ibihangano bye ku nyungu zabo za bo bwite zijyanye na politiki. Akoresheje urukuta rwe, rwa facebook, Jah Bone Kageme yagize ati âNdabiyamye kandi mbasaba kutazongera gukoresha ibihangano byanjye mu bigambo bya propaganda zigamije kuteza umwuka mubi […]
Afurika yâEpfo: Umusigiti wagwiriye abantu bamwe barakomereka (Amafoto)
Abantu 3 mu gace ka Durban muri Repubulika yâAfurika yâEpfo, bakomeretse nyuma yo kugwirwa nâumusigiti barimo gusali. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo 2017, ni bwo umusigiti uri ku muhanda wa Verulam mu gace ka Durban waguye abarimo baheramo bamwe muri bo bajyanwa kwa muganga. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Umuvugizi wa Islam, […]
Umusitari mu gukina filimi zâubusambanyi yahishuye ibanga ryo gusambanira imbere ya kamera
Ubusanzwe, filimi zâubusambanyi ni filimi buri wese atakagombye kureba cyangwa gukina, ariko ibitangaje ni uko usanga ahubwo aho kuzigendera kure usanga abantu baba abakuze nâabana bafite amatsiko yo kuzireba. Ibi ngo bigaragazwa no kuba umubare munini wâabatuye mu mijyi ndetse no mu byaro byateye imbere bakuze usanga bararebye izi filimi. Gusa muntu yakwibaza neza niba […]
Umwana yabyutse yicara mu isanduku asaba amazi yo kunywa ubwo biteguraga kumushyingura
Umwana wâumuhungu wâimyaka 2 yâamavuko yatunguye abantu ubwo yabyukaga akicara mu isanduku ubwo bari mu mihango yo kumusezeraho ngo bamushyingure. Uyu mwana wo mu gace ka Belem gaherereye mu Majyaruguru ya BrĂ©sil, ngo yabyutse yicara mu isanduku asaba amazi yo kunywa abantu benshi baratungurwa. Ibitangazamakuru bitandukanye bivuga ko uyu mwana yari amaze umunsi umwe byemejwe […]
Imbonerakure ya mbere ni Imana- Perezida Nkurunziza
Perezida Nkurunziza wâu Burundi, yavugiye mu ruhame ko Imana ariyo Mbonerakure ya mbere, ariko ibyo ntabwo byakiriwe kimwe na bose bitewe n’ibyo zivugwaho birimo n’ubwicanyi. Mu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe intwari zâigihugu zacyitangiye Perezida Nkurunziza atita abo muri CNDD FDD gusa, wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingo 2017 mu Cibitoke, nibwo Nkurunziza […]
Kamonyi: Ruterana uherutse kwica mugenzi we amuteye icyuma yasabiwe igifungo cya burundu
Mu mpera zâicyumweru dusoje, Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije dosiye ubushinjacyaha buregamo umugabo witwa Ruterana edouard icyaha cy’ubwicanyi yakoreye mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore. Ni mu rubanza rwabaye kuwa 17 Ugushyingo 2017 rukabera aho icyaha cyakorewe mu mudugudu wa Muhambara, akagali ka Kabagesera, umurenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi, Ubushinjacyaha bukaba bwarasabiye uyu […]
Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye uburinzi budasanzwe
Abasirikare benshi kandi bafite intwaro zikomeye bagaragaye ku rukiko rukuru rwa gisirikare i Kampala muri Uganda, ubwo rwari rugiye kuburanisha abashinjwa ishimutwa ryâumunyarwanda Joel Mutabazi. Ubu burinzi budasanzwe bwagaragaye Kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo 2017, ubwo abopolisi 9 hamwe nâ umunyarwanda Rutagungirwa bagezwaga imbere yâ abacamanza ku cyaha bashinjwa Leta ya Uganda […]
Kenya: Urukiko rwakuyeho inzitizi zabuzaga Uhuru Kenyatta kurahira nyuma yo gutsinda amatora
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 20Ugushyingo 2017, urukiko rukuru rwa Kenya rwakuyeho inzitizi zashakaga kongera kuburizamo ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, rwemeza perezida Kenyatta nk’uwatsinze amatora bityo hakaba hahise hanatangira gahunda yo kurebera hamwe uburyo hakwemezwa itariki yo kurahiriraho. Muri iyo nama, umukuru w’urukiko, David Maraga yavuze ko nta mpamvu nimwe […]
Twitter: Konti ya Guverineri Gatabazi yinjiriwe nâabajura bashyiraho filimi zâubusambanyi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo 2017, nibwo Guverineri wâIntara yâAmajyaruguru, Gatabazi JMV, yiseguye ku bamukurikira ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter , ko yinjiriwe nâabajura bakoresha ikoranabuhanga (hackers) bashyiraho ibikozasoni. Abicishije kuri uru rukuta, yagize ati âTwitter account yanjye yinjiwemo na hackers or Virus ariko ndi kugerageza kubikemura izo tweets […]
Israel: Impunzi zâabanyafurika zisaga ibihumbi 40 zigiye koherezwa iwabo
Guverinoma ya Israel yatangaje ko igiye kwirukana impunzi zâabanyafurika zibarirwa mu bihumbi bisaga 40 zinjiye muri kiriya gihugu mu buryo butemewe nâamategeko, zigasubira iwazo. Ibi ni ibikubiye mu myanzuro yâibyavuye mu nama yateranye ku munsi wâejo ku cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo, inama yari iyobowe na minisitiri wâIntebe, Benjamin Netanyahu ikaba yaranzuye ko izi mpunzi […]
Nyamasheke: Abakuze bagira isoni zo kwipimisha agakoko gatera SIDA
Abari mu kigero cyâimyaka 50 no hejuru yayo, bo mu murenge wa Nyabitekeri ho mu karere ka Nyamasheke, bagira isoni zo kwipimisha agakoko gatera SIDA, ko ari ibyo gukorwa nâabakiri bato. Ubuyobozi bwâikigo nderabuzima cya Mukoma kiri muri uyu murenge, hamwe nâabashinzwe inyigisho ku byerekeranye nâagakoko gatera SIDA, bavuga abari muri iyo myaka baba bafite […]
Igitekerezo: Abanyamakuru, abagenzacyaha nâabagenzuzi bagombye kwitabira insengero, bakumva ubuhamya
Mu nsengero nyinshi zimaze kwamamara mu Rwanda, kwatura bivuga kuvugisha ukuri kwambaye ubusa ngo umuntu abone kubabarirwa cyangwa abone imigisha, ku bemera izo nsengero. Nyamara muri izi nsengero, bimwe mu bivugirwa muri iriya mizindaro, birimo amakuru yafasha umuryango mugari, ndetse nâayafasha ubugenzacyaha. Niho abari abajura bavugira ibyo bibye ariko batasubije, abaretse uburaya bahavugira abo banduje […]
Libiya: Afurika yunze ubumwe ihangayikishijwe nâisoko ryâabacakara rimaze gushinga imizi
Umuryango wunze ubumwe wâibihugu byâAfrika (AU) watangaje inkuru yâababaro ko uhangayikishijwe nâamashusho ndetse nâamafoto aherutse gushyirwa ahagaragara agaragaza uburyo mu gihugu cya libiya hamaze kuba isoko ryâabacakara bâabimukira bo mu bihugu byo munsi yâubutayu bwa Sahara. Muri ayo mashusho , yashizwe ahabona na CNN muri iki cyumweru dusoje, hagaragaramo abasore barimo baratezwa icyamunara nk’abakozi bo […]
Turi ba perezida, ntabwo turi abami â Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe
Perezida wa Botswana, Ian Khama, asanga perezida Robert Mugabe akwiye kureka kugerageza kuguma ku butegetsi nyuma yâaho igisirikare kimushyiriye ku ruhande kuko ngo nta bufasha bwa dipolomasi azabona mu karere. Yaboneyeho kumwibutsa ko ari abaperezida atari abami nta muperezida ukwiye kumara imyaka ingana nk’iyo amaze ku butegetsi. Iki gikorwa cyâigisirikare cya Zimbabwe, perezida Khama avuga […]
Nyamagabe: Meya afunzwe nyuma yâabavandimwe be Batatu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye
Amakuru yâitabwa muri yombi rya Meya wa Nyamagabe, Mugisha Philbert ubu ntagishidikanywaho, kuko yemejwe nâumuvugizi wa Polisi, ACP Badege Theos. Mugisha afashwe asanga mukuru we Muhirwa Obed, mubyara we Nkundimana Noheri, yemwe ngo hari nâundi mwene wabo Kanyeshyamba Faustin ufungiye impapuro mpimbano. Ku ifatwa rya Mugisha, ACP Badege Theos agira ati âNi byo koko Meya […]
Nigeria: Ifoto yâumupolisi uri gusudiriza imbunda yavugishije benshi
Ifoto yâumupolisi washyiriye imbunda umukanishi muri Nigeria ikomeje kubica bigacika hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga muri Nigeria, iyi foto ikaba igenda ihererekanywa nâabatari bacye ndetse iherekejwe nâamagambo atandukanye. Bamwe mu bayibonye bavuga ko ari inkorano, abandi bakavuga ko ari uguharabika igihugu cya bo, mu gihe hari nâabagaragaza agahinda kadasanzwe bafitiye igihugu cya bo kubwâibikiberamo […]
Kuko ndi umukirisitu, niyo napfa nazuka nkâuko Yesu yazutse- Perezida Museveni
Perezida wa Uganda Yoweli Museveni yatangaje abantu avuga ko na we ashobora kuzuka nkâuko Yesu yazutse. Atangaza ibi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingu 2017, Perezida Yoweli yagize ati â kuba umukirisitu, ukaba ukurikira Yesu koko, urupfu ntirwakaguteye ubwoba kuko ushobora no kugira ububasha bwo kuzuka nkâuko na we yazutse. Perezida Museveni yakomeje […]
USA: Igihugu cya Congo cyahejwe mu nama yigaga ku bibazo byacyo u Rwanda rwatumiwemo
Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyahejwe mu nama Umunyamabanga wa leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiranye nâabaminisitiri bâububanyi nâamahanga bo mu bihugu 37 byo muri Afurika nyamara no ku murongo wâibyigwa hari harimo iki gihugu bikaba byafashwe nkâikimenyetso cyâumwuka uri hagati yâubuyobozi bwa perezida Trump nâubwa perezida Joseph Kabila. Iyi nkuru […]
Umujyi wa Kigali: Babiri batawe muri yombi bazira kwiyita abo batari bo
Mu Mujyi wa Kigali hafatiwe abantu babiri bâabatekamutwe bigiraga abakozi ba leta bagacucura abaraturage, aho Igipolisi cyâu Rwanda kivuga ko abo ari uwitwa Antoinette Nibagwire na Eric Iradukunda bafatiwe mu Karere ka Gasabo no mu Karere ka Kicukiro muri iki cyumweru dusoza. Uyu witwa Nibagwire yafatiwe I Kabuga mu Murenge wa Rusororo, aho yigiraga umupolisikazi. […]
Umujyi wa Ath ugiye gufungura isomero ryâibitabo birebana na Jenoside zose zabaye ku isi
Umujyi wa Ath mu gihugu cy’u Bubiligi ugiye gufungura isomero ryâibitabo birebana na Jenoside zose zabaye ku isi harimo na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ibi Umuyobozi w’Umujyi wa Ath akaba yarbitangarije mu gikorwa cy’imurika ry’amafoto agaragaza iminsi 100 ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Iri murika ryâamafoto ryabaye tariki tariki 10 Ugushyingo 2017, ryari ribaye ku […]
Uganda: Igipolisi cyaburijemo igitaramo cya Depite Bobi Wine
Kuri uyu wa Gatandatu ninjoro Igipolisi cya Uganda cyaburijemo igitaramo umuhanzi akaba nâumudepite, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yari agiye gukorera mu Karere ka Kigumba-Kiryandongo. Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko Bobi Wine yabanje kuzenguruka mu mujyi aherekejwe nâamamodoka agenda asuhuza abaturage bo muri ako karere, aho abaturage biganjemo urubyiruko bamugaragarije ko bamwishimiye. [xyz-ihs […]
Hollywood: Icyamamare Sylvester Stallone kirashinjwa gufata ku ngufu
Umukinnyi wa filime, Sylvester Stallone wamamaye cyane mu rwego mpuzamahanga akomeje gushinjwa gufata ku ngufu umwana wâ umukobwa witwa Michelle Bega. Sylvester Stallone aregwa kuba yarafashe ku ngufu umwaka wâ imyaka 16 yâ amavuko mu mwaka wâ I 1986 byumvikane ko hashize imyaka 31. Abifashijwe nâ umwunganizi we mu byâ amategeko , Stallone uzwi ku […]
Niba ugiye gukorana imibonano mpuzabitsina nâumuntu bwa mbere, dore ibintu 7 ugomba kwitaho
Aha iyo tuvuga gukorana imibonano mpuzabitsina nâumuntu bwa mbere, aha tuba tuvuga uwo mutangiranye urugendo rwo kubaka urugo, ukitwa umugore, na we akitwa umugabo, ntabwo tuvuga abagiye gusambana nâubwo nabo biba bibareba, ariko si yo ntego yacu. Musore na we nkumi rero, mugiye gutangira urugendo, akabariro ni ingingo ikomeye mu kurwubaka, ku munsi wa mbere […]
Kamonyi: Umuyobozi mushya yasanganijwe uruhuri rwâibibazo
-Turagusaba gukemura ikibazo cyâamazi nâamashanyarazi -Turifuza ko akarere kacu kava ku mwanya wa 19, kagasubira ku wa 3 -Imyubakire yâakajagari icike muri Kamonyi – Ubukungu, ubuhinzi n’ubworozi bizamurwe Ibi ni bimwe mu bibazo abaturage nâabayobozi batandukanye bakirije umuyobozi mushya wâakarere ka Kamonyi kari kamaze amezi atandatu katamufite. Ibyibandwaho cyane ni ukwita ku bikorwaremezo no kwesa […]
Mu gitabo âRwanda Demainâ, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwâ Abanyarwanda na Perezida Kagame
Ubwo yamurikaga igitabo cye yise ‘Rwanda Demain’, Inzobere muri politiki, Jean Paul Kimonyo yerekanye ibitangaza u Rwanda rwagezeho nyuma ya jenoside yari yararushegesheje muri 1994. Mu kiganiro na Jeune Afrique, Jean Paul Kimonyo yavuze ku buryo burambuye, uburyo hashize imyaka isaga 20 u Rwanda rwiyemeje gukurikira inzira yo kubaka ibyasenyutse mu gihe nta nyigo nâ […]
Ubwo Raila Odinga yakirwaga ava muri USA polisi yamwakiranye ibyuka bihumanya 3 barapfa
Ubwo Raila Odinga yavaga mu rugendo rwâ iminsi 10 yagiriraga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, polisi ya Kenya yamwakirije ibyuka bihumanya bitewe nâ uburyo abamushyigikiye bari bafunze imihanda iva ku kibuga cyâ indege cya Jomo Kenyata I Nairobi. Ihuriro ,National Super Alliance (NASA) rya Odinga niryo ryahamagaje abarwanashyaka baryo guha ikaze imodoka ya Odinga. […]
Inama 7 zagufasha kunyurwa nâubuzima ubayemo bwaba bwiza cyangwa se bubi
Ni kenshi ushobora guhura nâumuntu mukanya aseka akandi kanya ukamubona yarakaye cyane, ni kenshi twumva abantu biyambura ubuzima bakiyahura kuko baba bumva biteze byinshi ariko badafite ubushobozi bwo kubibona, ubuzima ni gatebe gatoki niyo mpamvu rero biba byiza ukakira duke ubonye ukaduha agaciro ukumva ko duhagije, si ngombwa ko buri gihe ubona buri kimwe cyose […]
Abakora ubucuruzi buciriritse bashinjwa na Komisiyo yâuburenganzira bwa Muntu guhohotera abana
Komisiyo yâigihugu yâuburenganzira bwa muntu, iratunga agatoki bamwe mu bacuruzi baciriritse kugira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana. Iyi Komisiyo iravuga ko magingo aya, ikibazo cyâihohoterwa rikorerwa abana cyane cyane irishingiye ku gitsina, riri gufata intera ndende, nkuko bigaragazwa nâubushakashatsi bwakozwe nâiyi Komisiyo. Komiseri muri iyi Komisiyo, Makombe Jean Marie Vianney, ati â Mu bushakashatsi bwakozwe […]
Perezida Museveni muri dipolomasi yâ ibanga mu gukemura ikibazo cyâ u Burundi
Mu ibanga rikomeye, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yahinduye umukino ndetse anongera imbaraga mu rwego rwo gukemura ikibazo cya politiki cyâu Burundi kimaze imyaka irenga 2 cyaroretse iki gihugu. Perezida Yoweri Kaguta Museveni aherutse kohereza mu ibanga umudiplomate wâ inzobere mu Burundi mu ntangiriro zâ Ugushyingo 2017, kugirango yumvishe Leta iyobowe na Nkurunziza ko […]
Ubukwe bwâicyamamare mu mukino wa Tennis, Serena Williams na Alexis- REBA AMAFOTO
Ubukwe bwa Serena Williams wamamaye mu mukino wa Tennis nâumugabo we, Alexis Ohanian, uzwi nk’umushoramari cyane cyane rirebana nâikoreshwa rya za interineti, bwabereye muri mu gace ka New Orleans, kari mu mujyi wa Louisiana, uri mu Majyepfo ya Leta zunze ubumwe za Amerika. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ubu bukwe bwabaye ku wa Kane tariki ya 16 Ugushyingo […]
Kaniga: Ababyaye abana benshi babaye umutwaro ku gihugu no ku miryango yabo
Mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi hari imwe mu miryango yabyaye abana benshi, ubu bakaba basigaye bagorwa nâuburere bwabo ndetse no kubabonera ibibatunga bibabeshaho neza ntibibashobokere. Bamwe bemeza ko byaterwaga nâubujiji ababyeyi babaga bafite bwatumaga bataboneza urubyaro, abandi bakavuga ko batinze kubyumva, ariko hari nâabemeza ko ntacyo byari bibatwaye muri icyo gihe bababyaraga, […]
Intimba iranshengura umutima, iyo Mama abonye umusore wâinshuti yanjye amwita agasore kâakabwa- NKORE IKI?
Aho ndi hose, abantu baba bavuga ko urukundo rujya aho rushaka kandi koko na njye ndabyemera, ariko urwo nkunda umukunzi wanjye, rwo ndabona umubyeyi mfite ashaka kuzantera kurubura cyangwa we nkamubura. Umusore twiganye kaminuza, yari umuhanga kundusha, ankunda na njye mukunda cyane, niho twakundaniye, imyaka iricuma. Tukirangiza kaminuza 2013, njye nahise mbona akazi, umukunzi wanjye […]
Burundi: Opozisiyo ishinja umuhuza Mkapa kubogamira ku ruhande rwa Leta ya Nkurunziza
Nyuma yaho abanyapolitiki bibumbiye mu mpuzamashyaka CNARED baherutse gutangaza ko batazitabira ibiganiro biteganyijwe kuzabahuza na Leta ya Nkurunziza , Umuhuza muri ikibazo cyorotse Abarundi, Benjamin Mkapa yemeza ko ibiganiro byâ amahoro biteguwe bitanga icyizere. Benjamin Mukapa wahoze uyobora Tanzania amaze iminsi atumira abatavuga rumwe ku kibazo cyâ u Burundi biganjemo abanyapolitiki bahunze Leta ya Pierre […]
Amakipe yâibihugu azahatanira igikombe cyâisi 2018 yose yamenyekanye
Ibihugu byo ku migabane itandukanye bizitabira imikino yâ igikombe cyâisi cyâumupira wâ amaguru mu mwaka wa 2018 byamenyekanye byose, inyuma yaho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2017, igihugu cya Perou kibonye itike. Umugabane wâ i Buraya uzahagarirwa nâibihugu 14 aribo: U Budage, u Bwongereza, u Bubirigi, Croatie, Danemark ,Espagne, u Bufaransa , […]
Uganda: Dr Kiiza Besigye yahaye uburinzi buhambaye imodoka ye
Col Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe nâubutegetsi bwa perezida Museveni muri Uganda, yafashe icyemezo cyo guha uburinzi buhambaye imodoka ye yo mu bwoko bwa Land Cruiser mu rwego rwo kuyirinda ko yaterwa ibintu bikayangiza ibirahuri ndetse ku buryo umuntu atapfa kuyinjiramo uko yishakiye nâiyo yakoresha ingufu. Iyi modoka yibara ryâumweru ifite ibirango,UAN 661V ngo yari […]
Zimbabwe: Perezida Mugabe yagaragaye mu ruhame ari mutaraga, yahakanye kuva ku butegetsi
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017, Perezida Mugabe wa Zimbabwe, yagaragaye mu ruhame nyuma yâiminsi ibiri adasohoka mu rugo iwe. Ku wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo, nibwo amakuru yari yasakaye isi yose ko yahiritswe ku butegetsi, ndetse nâumugore we Grace ahungira mu Namibie. Mu gitondo cyo kuri uyu munsi, nibwo yagaragaye […]
Gicumbi: Abakozi bane bâakarere batawe muri yombi na polisi
Amakuru aturuka mu Karere ka Gicumbi aremeza ko abakozi bane bâakarere batawe muri yombi na Polisi bacyekwaho ibyaha birimo gutanga amasoko ya leta mu buryo bunyuranyije nâamategeko no gukoresha inyandiko mpimbano. Aya makuru yemejwe nâUmuyobozi wâIntara yâAmajyaruguru, JMV Gatabazi wavuze ko aba bakozi bose bâakarere bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha nabi umutungo wâigihugu. [xyz-ihs […]
Kuki utaherekeje (Hamisa) ngo umufashe gutandukanya amaguru?- Zari atuka umufana we
Nyuma yâuruzinduko ruhenze Zari na Diamond bagiriye i London mu Bwongereza, Zari nâamagambo y’urukozasoni yihanije umufana washakaga kumuteranya nâumugabo we avuga ko azabonana na Hamisa Mobeto i Dubai bakagirana ibihe byiza. Umuhanzi Diamond Platnumz ukomoka muri Tanzaniya afite igitaramo aho agomba kuririmbira abakunzi be i Dubai kuri uyu wa Gatanu, gusa iki gitaramo cyateje urunturuntu […]
Kigali: Abanywera itabi mu ruhame bagiye gufatirwa ingamba
Nyuma yâ ibiganiro mpaka hagati yâ Abafatanyabikorwa mu byâ ubuzima, kuri uyu wa Kane, itariki ya 16 Ugushyingo 2017, Ubuyobozi bwâ Umujyi wa Kigali bwatangaje ko buzajya buhana bwihanukiriye umuntu uzajya ufatwa anywera itabi mu ruhame. Iki cyemezo cyafashwe kubufatanye bwâamashyirahamwe ashinzwe kubungabunga ibidukikije nâ ayandi arengera ubuzima bwâ abantu. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu kiganiro na […]
Mu myaka 2 gusa, umusore amaze gutera inda abakobwa 20 bo ku ishuri yigagaho
Umusore wo mu gihugu cya Cote dâIvoire aherutse gutoroka ishuri aho yigaga mu gihugu cyâu Bufaransa nyuma yâuko hamenyekanye amakuru ko yateye inda abakobwa bagera kuri 20 bo ku kigo yigagaho. Uyu musore witwa Laurent Blesse wâimyaka 18 yâamavuko, yahise afata icyemezo cyo gusubira iwabo muri Afurika, nyuma yo gutera inda hafi ya buri mukobwa […]
Cameroun: Inteko Ishinga Amategeko yibasiwe nâinkongi yâumuriro
Amakuru aturuka mu gihugu cya Cameroun aravuga ko muri iri joro ryo kuwa kane, itariki 16 Ugushyingo, inteko ishinga amategeko yâiki gihugu yibasiwe nâinkongi yâumuriro ikangiza ibintu byinshi nkâuko byatangajwe na televiziyo yâiki gihugu. Televiziyo yâigihugu ya Cameroun, CRTV, yatangaje ko abatangabuhamya bavuze ko inkongi yibasiye etaje ya 3 nâiya 4 zâiyi nyubako ikoreramo Inteko […]