Umunyarwanda yagizwe umunyamabanga w’umuryango w’ibihugu bihuriye ku ruzi rwa Nil

Umunyarwanda, Innocent Ntabana yasimbuye Dr Rao Nyaoro , ukomoka muri Kenya ku mwanya w’ubunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikora ku ruzi rwa Nil (NIB). Innocent Ntabana azaba afite inshingano zo kuyobora abakozi, igenamigambi no gucunga imishinga yose ya NIB nk’uko bitangazwa na dailymonitor dukesha iyi nkuru. Ntabana Innocent akaba agiye kuyobora uyu muryango ari umuyobozi wawo […]

Uganda: Arakekwaho kwica umwuzukuru we yarangiza akiyahura

Igipolisi cya Uganda mu turere twa Butambala na Gomba kiri gukora iperereza ku mpfu z’abantu babiri bo mu muryango umwe zabaye mu ijoro ryakeye ahitwa Mpongo aho umukecuru ngo yishe umwuzukuru we nawe agahita yiyahura. Umupolisi Christine Nakibuule, ukuriye station ya polisi ya Bulo, yatangaje ko ibi byabaye byabereye ku mupaka w’uturere twa Gomba ahitwa […]

Nubwo ubona bikomeye, humura Imana iragukunda

Abantu bose batuye muri iyi si bafite uko bigishijwe Imana, bamwe bayigishijwe nk’Imana yaremye isi , maze itangira kuducunga kuko ifuha ,tuyigishwa nk’Imana irakara, Imana ihana ndetse kuburyo buri wese afite uko ayifata mu buzima bwe bwa buri munsi ,ariko ndagira ngo hejuru y’ibi byose dusubize amaso inyuma twibuke ko dufite Imana yacu dukwiriye gufata […]

Nyarugenge: Abayobozi barashinjwa kwaka ruswa abaturage

Abaturage batuye mu murenge wa Nyagurenge ho mu karere ka Bugesera barashinja abayobozi b’inzego z’ibanze babo kubaka rushwa mu gihe baba bashaka kubaka. Bavuga ko ayo mafaranga bakwa bashaka gusana inzu zabo, badahabwa inyemezabuguzi bityo bakaba babifata nka ruswa baba batswe. Kuva ku bihumbi icumi (10,000Frs) kuzamura niyo bwakwa n’abayobozi, ko utayatanze atakwemererwa gusana inzu […]

Nkombo: Baribaza uko babaho mu gihe ubuyobozi bwahagaritse uburobyi mu Kiyaga cya Kivu

Abaturage bo ku Kirwa cya Nkombo bahangayikishijwe n’icyemezo cyo guhagarika ibikorwa by’uburobyi mu Kiyaga cya Kivu, aho aba baturage basanzwe batunzwe n’ubu burobyi bavuga ko ubuzima bugiye guhagarara. Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwahagaritse ibikorwa by’uburobyi mu Kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi 2 kugirango ngo umusaruro urusheho kwiyongera, mu gihe abaturage batuye ku kirwa cya Nkombo […]

Bishop Muthoka yafashwe n’umugore we asambana n’umukozi wo mu rugo

Bishop Musyoki Muthoka wo mu itorero rya Jesus Liberation Ministry International, aherutse gufatwa n’umugore we yihugitse n’umukozi wabo wo mu rugo barimo gukora imibonano mpuzabitsina. Uyu mugore yatangarije itangazamakuru ko ubusanzwe yajyaga akeka ko umugabo we akora imibonano mpuzabitsina ariko akabura uko agaragaza ibimenyetso ko babikoze. Gusa mu minsi ishize ngo nibwo uyu mugore yasanze […]

Ugisha inama: Nasambanye n’umukobwa none igitsina cyanjye ntikibasha gufata umurego

Amazina yanjye nasanze atari ngombwa kuyatangaza kuko ndumva byambangamira, ariko nyine ndifuza ko nanjye mungira inama. Umwaka ushize nibwo nasambanye n’umukobwa ariko biba nafimfite gahunda yo kuzarongora uyu mwaka. Uyu mukobwa twasambanye ntabwo ari we twagombaga kurushingana ariko hari hashize igihe kinini tuziranye nk’inshuti zisanzwe, kuva natangira gutegura gahunda z’ubukwe, igitsina cyanjye ntabwo kikibasha gufata […]

Wajyaga ugura Telefoni ntumenye ko ari Orginal cyangwa pirate? Ibi bizagufasha

Uko ikoranabuhanga rirushaho kuvuduka niko ibikoresho by’umwimerere birushaho gukwirakwizwa, ariko nanone iby’ibyigano niko birushaho kurenga imipaka hagamijwe kwikubira amasoko hirya no hino. Muri ibyo bikoresho by’ikoranabuhanga bikomeje gukwirakwizwa ku masoko, higanjemo Telefoni bikunze kugora abantu kumenya iziganwe n’izumwimerere bigatuma abantu basigara mu bukene kubera guhora bagura umunsi ku wundi igihe baguze izo za pirate. Niba […]

U Rwanda rwasabwe gutanga umusimbura wa Bazivamo muri EALA

Nyuma y’aho Umunyarwanda Christophe Bazivamo agiriwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa EAC yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA), iyi nteko yandikiye ubuyobozi bw’u Rwanda ibusaba gutanga umuntu uzasimbura Bazivamo. Nyakubahwa Bazivamo yagizwe uwungirije Umunyamabanga Mukuru wa EAC mu nama ya 17 idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yateraniye I Dar es Salaam muri […]

Mu Bufaransa hari kubera imurikagurisha ry’ibitwaro byakoreshejwe mu Ntambara ya 2 y’Isi

Mu mujyi wa Catz mu Bufaransa hari kubera cyamunara y’ibimodoka by’intambara n’ibindi bikoresho bya gisirikare byakoreshejwe mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose mu rugamba rwa Normandie. Ibyinshi muri ibi birwanisho byakoreshejwe ku munsi uzwi nka D-Day, ubwo ingabo zishize hamwe zarwanyaga u Budage zagabaga igitero ku nkengero za Normandie cyo kubohoza amajyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burayi […]

Burundi: Abasirikare (EX FAB) bakomeje kwicwa no gushyirwa ku ngoyi

Impuzamashyaka CNARED, yagaragaje impungenge iterwa n’umubare munini w’abasirikare bahoze barwanira igihugu (EX FAB) mbere y’amasezerano yo muri 2005, bakomeje gutabwa muri yombi bamwe bakanicwa, ko ibyo ari ikimenyetso cy’uko hashobora kubaho ibara. Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa CNARED, bashyizeho urutonde rw’amafoto ya bamwe mu bishwe muri iyi minsi n’abandi bafashwe n’inzego z’umutekano mu […]

PDP-Imanzi irashinja igipolisi guta muri yombi umuvugizi wayo mu Rwanda

Ishyaka PDP-Imanzi rivuga ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ariko rikaba ritemerewe no gukorera mu gihugu, riravuga ko uwari umuvugizi waryo mu Rwanda, Jean Marie Vianney Kayumba, yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, itariki 18 Nzeri 2016 ngo ku mpamvu zitaramenyekana. Nubwo rivuga gutya ariko, iri shyaka mu itangazo ryashyize ahagaragara ritabariza […]

Nyagatare: Aborozi baratabaza Leta ko yabasha kubaka uruganda rw’ibiryo by’inka

Aborozi bo mu murenge wa Nyagatare mu ntara y’Iburasirazuba baratabaza Leta, nyuma y’uko kubona ibiryo by’inka bibagoye bituma umukamo utuba. Abaturage bo muri uyu murenge bavuga ko bahisemo korora kijyambere ariko bakagira imbogamizi ko bajya gushaka ibiryo by’inka mu karere ka Rwamagana cyangwa i Kigali bibahenze. Ibyo bituma batakambira ubuyobozi basaba ko babafasha kubaka uruganda […]

Gen. Musemakweli yagize icyo asaba ingabo z’u Rwanda ziri muri MINUSCA

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Major Gen. Jacques Musemakweli mu cyumweru gishize yasoje uruzinduko rw’iminsi 5 yagiriraga muri Centrafrica aho yari yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa Loni. Mu rugendo rwe, kuwa 13 Nzeri 2016, Gen. Musemakweli yasuye Maj. Gen. Sidiki D Traore, wungirije umugaba mukuru w’ingabo ziri muri MINUSMA. […]

RDC: Abaturage batwitse ukekwaho ubujura ari muzima banatwika ibiro bya polisi

Abaturage b’ahitwa Kavumu muri Teritwari ya Kabare ho muri Kivu y’Amajyepfo, bafashe umujura bahita bamutwika ari muzima kuri iki Cyumweru, itariki 18 Nzeri 2016, nyuma yo kumufatana ihene yari yibye nk’uko amakuru aturuka aha hantu avuga. Uyu mujura ngo akaba yarafashwe n’urubyiruko saa kumi za mugitondo, ajyanwa ku biro bya polisi ya Kavumu. Iyi nkuru […]

Gasabo:Umugabo yafatanywe amafaranga y’amiganano

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturarwanda kwirinda icyaha cyo gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano, kandi bakagira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru y’ababikora. Ubu butumwa butanzwe kubera ko hari abayafatanwa hirya no hino mu gihugu. Urugero rwa hafi ni urwo mu karere ka Gasabo, aho Polisi yafatanye Rutikanga Philbert ibihumbi icyenda by’amafaranga y’u Rwanda y’amiganano agizwe n’inoti […]

Rooney yagereranyijwe n’imbwa ishaje nyuma y’uko Man Utd itsindwa na Watford

Rutahizamu wa Machester United Wayne Rooney yagereranyijwe n’imbwa ishaje yurira igikuta ikagwa, nyuma yo gutsindwa na Watford ibitego 3-1 kuri icyi Cyumweru. Ibi byagarutsweho n’abafana ba Man U mu butumwa banyujije ku rubuga rwa Twitter aho bibasiye uyu mugabo ko ntacyo akora nka Capiteni w’iyi kipe ngo itange umusaruro mu maguru mashya. Uwiyita Copa 90 […]

“Abanyapolitiki bigwizaho imitungo bararye bari menge” ICC

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) yibukije Abanyapolitiki bakigwizaho imitungo n’abagira uruhare mu iyangizwa ry’ibidukikije ko igiye gushyiramo imbaraga mu kubakurikirana. Ibi byagarutsweho nyuma y’uko hagiye hagaragara abayobozi b’ibigo bitandukanye n’Abanyapolitiki bigwizaho ubutaka babwambuye abaturage abandi bakagira uruhare mu kwangiza ibidukikije. Nyuma y’uko abacamanza b’uru rukiko basuzuma ko abaturage barenganywa n’abayobozi bamwe na bamwe babaka imitungo yiganjemo ubutaka, […]

Igitero ku birindiro by’ingabo cyishe abasirikare 17 i Kashmir

Abantu bitwaje intwaro mu gihugu cy’u Buhinde kuri iki cyumweru bateye ibirindiro by’ingabo biherereye mu gace ka Uri muri Kashmir bica abasirikare 17 abarenga 30 barakomereka. Bane muri abo barwanyi bahise bahasiga ubuzima, bakaba bari bitwaje imbunda na grenade bateye mu gace ka Uri kegeranye n’umupaka wa Pakistan banatwika amazu. Iki gitero gikomeye kibaye mu […]

Perezida Kagame mu cyumweru cy’akazi kenshi muri Leta zunze ubumwe z'Amerika

Perezida kagame n’abandi bakuru b’ibihugu bigize umuryango w’abibumbye bagiye gukoranira i New York muri leta zunze ubumwe z’Ameriak ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN), mu Nteko Rusange izareba mu nguni zose z’ibibazo byugarije Isi. Biteganyijwe ko Perezida Kagame azatanga ikiganiro muri Kaminuza ya Yale kuwa Kabiri tariki 20 Nzeri. Bimwe mu bibazo byugarije isi bizigirwa muri […]

Musore, n’ubona umukobwa akugaragariza ibi bimenyetso uzamenye ko yagukunze agatinya kubikubwira

Nkuko bimenyerewe ko igitsinagore kitajya gikunda gutinyuka ngo cyerurire abagabo cyangwa abasore kibasaba urukundo, ariko hari ibimenyetso bemwe na bimwe bakunda gukora bigasimbura amagambo bari kuvuga, gusa hari abasore batajya basobanukirwa n’ibyo bimenyetso. Ibi bimenyetso n’ubitahura ku mukobwa nta gushidikanya uzamenyeko yatinye kubanza ku kubwira ko agukunda: Indoro akureba Mugihe muri ahantu hihereye, indor0 ye […]

Kabarondo:Umuryango wari waribwe umwana washimiye abagize uruhare mu kumugarurirwa

Muri iki cyumweru nibwo hamenyekanye inkuru y’umudamu witwa Mukanzabarushimana Epiphanie wibye umwana wa Nyirandikubwimana Ernestine utuye mu mudugudu w’Umucyo, akagari ka Rusera Umurenge wa Kabarondo, Akarere ka Kayonza mu Burasirazuba bw’u Rwanda bahuriye mu isoko. Uyu mugore wibye umwana yatawe muri yombi ndetse uwo mwana ashyikirizwa ababyeyi be baboneraho gushima abagize uruhare mu kumubagarurira kuko […]

Amerika yibeshye ku bitero by’indege yica abasirikare 80 ba Syria

Ingabo za leta zunze ubumwe z’Amerika ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro no kurwanya leta ya Bashir al Asade zibeshye mu kugaba ibitero by’indege kuwa Gatandatu 17 Nzeri 2016 zica abasirikare ba leta bagera kuri 80 abandi 120 barakomereka nkuko byatangajwe n’indorerezi y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) muri iki gihugu. Aya makuru yemejwe n’ubuyobozi […]

Rubavu: Abashidukira gukora magendu n’ abasanzwe bayikora bahagurukiwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu iratangza ko yafashe ingamba zitandukaye zo kurwanya magendu muri aka karere ndetse n’ibindi byaha bihagaragara birimo icuruzwa ry’ibiyobyabwenge nk’urumogi, kanyanga, magendu y’ibicuruzwa bitandukanye ndetse n’abantu bava cyangwa bajya mu Rwanda no mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo nta byangombwa bafite. Umuyobozi wa Polisi y’u […]

Abapolisi 200 bo mu mutwe ucuranga barangije amahugurwa

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda,IGP Emmanuel K.Gasana, ejo yashoje icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’abapolisi 200 bo mu mutwe w’umuziki muri Polisi y’u Rwanda, ku ishuri rya Polisi ry’i Gishari mu karere ka Rwamagana. Abashoje amahugurwa y’amezi atatu bigishijwe n’abapolisi bo muri Namibiya,mu rwego rw’ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi. Asoza aya mahugurwa,Umuyobozi wa Polisi […]

Burundi: Abana 80.000 Ntibaziga Uyu Mwaka

Ababyeyi bo mu Burundi bahangayikishijwe n’abana babo batazajya kwiga muri uyu mwaka bitewe n’akajagari katewe ngo no kuvugurura ireme ry’uburezi cyane cyane mu mashuli yisumbuye. Ibi byatumye abanyeshuri 80.000 batazajya kwiga uyu mwaka, ibintu byateje impugenge ku babyeyi bakavuga ko abana babo bashobora kuba indaya abandi bakaba ibisambo. Umubyeyi wo muri zone ya Kanyosha mu […]

Onesme yafashije APR kwegukana igikombe isezereye Vita Club

Ni mu irushanwa ryateguwe na AS Kigali ryari rimaze iminsi ribera mu Rwanda ku bufatanye n’umujyi wa Kigali, aho APR Fc yatwaye igikombe isezereye Vita Club yo muri Congo ibifashijwemo na Onesme Twizerimana. Nyuma yo gukina iminota 90 isanwe y’umukino ntibigire icyo bitanga hakongerwaho indi minota 30 , nibwo rutahizamuzamu Twizerimana Onesme yaboneje umupira mu […]

Ubuzima bw’abana bo muri Venezuela buteye impungenge

Amafoto agaragaza ubuzima bubi abana bo mu gace ka Half muri Venezuela babayemo yateye benshi impuhwe kubera uburyo bamwe mu bana bagaragaza guta ibiro bikabije kugeza aho umwana w’imyaka 5 apima ibiro munsi ya 5 nkuko byagaragaye k’uwitwa Maria del Carmen Chourio. Ibura ry’ibyo kurya muri iki gihugu giherereye ku mugabane w’Amerika y’epfo ryagize uruhare […]

Umuryango wareze abana bavutse bafatanye urishimira intambwe umuze kugeraho-AMAFOTO

Umuryango wemeye kurera abana bavutse bafatanye nyuma yo gutabwa n’ababyeyi babo, urishimira intambwe umaze kugezaho abo bana ugashimira n’abawubaye hafi. Uyu muryango nyuma yo kwemera kurera abana batatu babiri bakaba baravutse bafatanye ariko nyuma bakaza kubatandukanya ku buryo buri umwe yasigaranye ukuguru kumwe , bagaragaje ibyishimo by’uko abo bana bamaze kwigira ejuru kandi ntakibazo bafite. […]

Igisirikare cy’Ubwongereza cyanenzwe ko kitabasha kwitabara umwanzi ateye

Umwe mu basirikare bo ku rwego rwo hejuru mu Bwongereza yaburiye Leta avuga ko igisirikare cyabo kititeguye ku buryo cyarinda igihugu habayeho igitero gikomeye. General Sir Richard Barrons wahoze mu bakomando b’igisirikare cy’Ubwongereza wasezerewe muri Mata uyu mwaka avuga ko gihagaze nabi muri iki gihe. Ibi yabitangaje mu rwandiko yanditse mbere y’uko ajya mu kiruhuko […]

Hari abafata umwanzuro wo guca caguwa nko gukora amahano

Nyuma y’aho leta yongereye umusoro ku myambaro n’inkweto byinjizwaga mu gihugu byarakoreshejwe bizwi nka caguwa cyangwa sekeni, abaturage ntibahwema kugaragaza akababaro batewe n’ubushomeri no kubura iyi myambaro byatewe n’uyu mwanzuro; aho bamwe babigereranya no gukora amahano. Uyu mwanzuro ntiwagize ingaruka ku baturage gusa bataka ko iyi myambaro yari ingenzi kuri rubanda rugufi, kuko na leta […]

Uganda: Imbunda ebyiri zatahuwe mu rusengero

Polisi mu gihugu cya Uganda yemeje amakuru avuga ko batahuye imbunda ebyiri mu rusengero ruyoborwa na Pastor Samuel Kakande, bamwe mu bayobozi barwo bakaba yatawe muri yombi. Izi mbunda zo mu bwoko bwa AK47 zabonwe mu rusengero ruherereye mu gace ka Kubbiri Mulango, umuvugizi wa polisi muri aka gace, Emilian Kayima akaba ari we wemeje […]

Abanyacyangugu bangwaga urunuka na Habyarimana bahojejwe amarira na Perezida Kagame

Mu gihe abaturage batuye mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu bavuga ko perezida Habyarimana Juvenal yabahozaga inyuma y’igihugu cyabo kandi bakirimo, ubu bishimira uburyo Perezida Kagame abitayeho anabageza ku iterambere. Abatuye mu karere ka Nyamasheke, kamwe mu turere duherereye mu cyahoze ari Cyangugu, bavuga ko imvugo Perezida Habyarimana yakoreshaga “Banyarwanda, banyarwandakazi namwe Banyacyangugu nshuti z’u […]

Umwana yemerewe gupfa mu Bubirigi amaze kubyisabira

Umwana wo mu gihugu cy’ u Bubirigi utatangajwe amazina n’umwirondoro we bivugwa ko yafashijwe gupfa, bukaba ari ubwa mbere kuva hatowe itegeko ryemerera gusaba kwicwa, abana barwaye uburwayi budakira. Ibitangazamakuru byo mu Bubirigi bivuga ko imyaka y’uwo mwana n’igitsina cye bitazwi gusa bikemeza ko yari ararwaye indwara idakira nkuko BBc dukesha iyi nkuru ibitangaza. Ububirigi […]

Gen Major Alex Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Mu kiganiro ubuyobozi bw’intara y’Iburengerazuba bwagiranye n’abaturage, bwabakanguriye kwirinda kujya mu bikorwa byo guhungabanya umutekano, bakaba baragarutse cyane ku karere ka Ngororero kabonye umutekano bigoranye ko batazakundira uwo ari we wese washaka kuwuhungabanya. Muri icyo kiganiro cyabaye ku wa 15 Nzeli 2016, Gen Major Alex Kagame, umuyobozi w’ingabo mu ntara y’Iburengerazuba, mu ijambo yagejeje kuri […]

Ese Abami b’Imishumi n’Abibitekerezo bari batandukaniye he? Sobanukirwa

Mu gihe cy’ingoma ya Cyami u Rwanda rwayobowe n’ibyiciro by’abami bitatu ariko twebwe turibanda ku byiciro bibiri aribyo Abami b’Imishumi n’Abami b’Ibitekerezo tunarebere hamwe aho bari batandukaniye. Ubusanzwe Abami b’Umushumi bakomoka kuri Gihanga Ngomijana mwene Kazi w’ikimanuka ndetse hakaza n’abami b’ibitekerezo bakomoka kuri Ruganzu Bwimba wari umwami w’umushumi. Mu Nganji Kalinga, Alex Kagame umuhanga mu […]

Ushobora kwanga kumenera amaraso u Burundi imbwa zikazayanywera ubusa- Mè Rufyikiri

Aya ni amwe mu magambo yatangajwe na Rufyikiri Isidore, umuyobozi w’ishyaka MORENA, ubwo yakanguriraga Abarundi bose guhaguruka bagatinyuka bakibohora ingoma ya Nkurunziza n’agatsiko ke. Ati: “Barundi barundikazi mugire amahoro, tumaze umwaka urenga tugoswe kandi twibasiriwe n’agatsiko…, abana baricwa, abagore n’abagabo, abasirikare n’abasivile bazira urwango n’ububisha bwigishijwe n’iri shyaka (CNDD FDD). Akomeza avuga ko aba bicwa […]

Uwahoze ari minisitiri w’intebe wa Burukina Faso akurikiranyweho ubwicanyi

Luc Adolph Tiao wabaye minisitiri w’intebe wa nyuma ku ngoma ya Blaise Compaore wahoze ayobora Burkina Faso yafunzwe n’inzego z’umutekano akurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’abaturage mu myigaragambyo yamagana leta mu 2014. Armand Ouedraogo ukuriye ubushinjacyaha mu rukiko rukuru rwa Burkina Faso yabwiye ibiro ntaramakuru by’abafaransa ko Tiao yafashwe agafungwa kubera uruhare akekwaho mu iyicwa […]

Gutura mu nzu ntoya byatumye umugore azinukwa akabariro ngo adahabwa inkwenene kubera kuryoherwa

Umugore aratabaza ngo bamugire inama y’icyo yakora nyuma y’uko yanze gukora imibonano mpuzabitsina n’umugabo we kubera ubuto bw’inzu batuyemo ituma abavandimwe bumva ko yaryohewe igihe bari muri icyo gikorwa. Uyu mugore utifuje ko izina rye ritangazwa yavuze ko yasabye umugabo we ko bakwimukira mu nzu nini aranga, kugeza ubwo afashe umwanzuro wo kumwangira gutera akabariro […]

Karongi: Abantu batatu bahitanywe n’inkuba

Imvura yaguye muri Karongi ku mugoroba wo ku itariki 16 Nzeli 2016, yahitanye abantu batatu bakubiswe n’inkuba mu murenge wa Bwishyura uherereye mu karere ka Karongi. Iyi mvura idasanzwe yaguye hafi igihugu cyose yahitanye inka ndetse inasenya amazu atatu muri aka karere. Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukashema Drocelle yatangarije Kigalitoday […]

Ibitangazamakuru bikomeje guhanwa umusubizo ku ngoma ya Magufuli

Leta ya Tanzaniya yatangaje ibihano byahawe amaradiyo abiri yari yafunzwe mu kwezi gushize azira gutangaza inkuru zitishimiwe n’ubutegetsi. Radio 5FM ikorera Arusha na Magic FM ikorera Dar es Salaam zari zafunzwe mu mpera za Kanama 2016 zishinjwa gutangaza ibidafitiye umumaro rubanda, Kuwa gatanu Magic FM ikaba yarakomorewe kongera gukora ariko igasaba imbabazi perezida Magufuli n’abaturage. […]

Sauti Sol yahishuye impamvu ishingiraho ko Kagame ariwe muperezida wa mbere Afurika ifite

Itsinda rya Sauti Sol ribarizwa mu gihugu cya Kenya, nyuma yo kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu taliki 16 Nzeri 2016, ryahishuye ko Perezida Kagame ari we muperezida wa mbere muri Afurika bitewe n’ibikorwa byivugira yagejeje ku Banyarwanda. Aba baririmbyi bibumbiye muri iri tsinda babitangaje mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatanu, nyuma […]

Ruhango: Gutanga serivise hifashishijwe ‘Irembo’ wabaye umuhigo mu mirenge yose

Abakozi b’imirenge igize Akarere ka Ruhango bafite inshingano zirebana n’ubutaka, imiturire, ibikorwa remezo na notariya mu by’ubutaka, hamwe n’abashinzwe irangamimerere bahigiye gutanga serivise zitangwa na Leta hakoreshejwe “Irembo” nk’igikoresho gikoranye ubuhanga cyifashishwa mu rwego rwo gusaba, no kwishyura serivise zitangwa muri Leta. Hari mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro, ku rwego rw’Akarere ka Ruhango, gukoresha […]

Nyanza: Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu mashuri ryahagurukiwe

Mu rwego rwo guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko, Polisi y’u Rwanda ,ku italiki ya 15 Nzeli, yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu banyeshuri bagera kuri 861 bo mu turere twa Nyanza na Rwamagana, ibahamagarira kuba mu bayobozi b’uru rugamba. Ubu butumwa bwatanzwe n’abashinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mukurwanya ibyaha muri […]

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba inka 10 mu karere ka Nyagatare

Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Kayonza iherereye muri aka karere nyuma yo kubafatana inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare mu ijoro ryo ku wa 14 Nzeri. Rugema Fred, Rutikanga James na Mutaganda Celestin ni bo bakekwaho kuziba mu rwuri ruherereye mu murenge wa Karangazi, bakaba barafatiwe mu murenge wa Gahini, […]

Musore,dore inama wakurikiza ugakundwa n’igitsinagore

Muri sosiyete tubayemo , usanga abasore bifuza gukundwa n’abakobwa cyangwa abagore ariko bigahira bamwe abandi ugasanga ntibibakundiye bitewe n’impamvu runaka akenshi batiyiziho, nyamara hari inama bashobora gukurikiza bakigarurira imitima yari yarabataye ishyanga. N’ubwo hari abasore cyangwa abagabo bisanga bafite igikundiro aho bageze hose biteye n’imiterere cyangwa imimerere yabo, hari abo usanga batabyaza ayo mahirwe umusaruro, […]

Bashyize ingurube ku nteko ishingamategeko mu kwerekana umururumba w’abadepite

Abadafite akazi bo mu gihugu cya Uganda bitwaje ibibwana by’ingurube mu gikorwa cyo kwigaragambya cyabaye kuwa 15 Nzeri 2016 babisiga ku biro by’inteko ishingamategeko y’iki gihugu bagamije kugaragaza ko abagize inteko ishingamateko ari abanyamururumba. Polisi y’iki gihugu yatangaje ko yafashe Ferdinand Luta na Joseph Mubiru n’abandi bari bafatanyije mu kujugunya ibibwana bigera ku icumi ku […]

Nyabugogo: Kwishyura ukoresheje ikarita muri bus byagereranyijwe n’ibiryabarezi

Amarira, agahinda no kwivovota nibyo byarangaga bamwe mu bagenzi batega imodoka kuva Gatsata na Kimisagara zerekeza muri gare yo mujyi wa Kigali, nyuma yo kubashyiriraho uburyo bwo kwishyura ukoresheje ikarita y’urugendo ya Tap and Go , bamwe bakaba babugereranyije n’Ibiryabarezi. Ibi bikaba byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Nzeli 2016, […]

Umugabo aratabariza Inzoka ishaka kumusambanya

Mu gace ka Sogola mu gihugu cya Zimbabwe, umugabo yatabaje abaturanyi be ngo bamufashe kwicha no gutwika inzoka babanye igihe kirekire, ikaba yaramusambanyirizaga umugore ndetse n’umukobwa bakiriho none ikaba ishaka kumusambanya nawe ubwe. Uyu mugabo uzwi ku izina rya Amos Mnkandla avuga ko iyo nzoka nyuma yo kujya isambanya umugore we n’umukobwa we aribwo bapfuye, […]

Imvura y’amahindu yahitanye abantu 7 mu majyepfo y’u Bushinwa

Umuyaga ukomeye wahawe izina rya Meranti wibasiye amajyepfo y’Iburasirazuba bw’u Bushinwa n’igice cya Taiwan kuva ejo kuwa 15 Nzeri 2016, umaze guhitana abagera ku munaniunangiza ibikorwaremezo bitandukanye ndetse hari n’abandi benshi baburiwe irengero. Uyu muyaga ukaze wateje impanuka zitandukanye unahagarika ingendo nyinshi z’indege na gariyamoshi zateganyaga kwerekeza muri aka gace. Minisitiri wimibereho myiza y’abaturagi mu […]

Shanita, umuhanzi ukizamuka ashobora gupfa nyuma yo gukuramo inda

Shanita Namuyimbwa Bad Black umuhanzi ukizamuka muri Uganda atewe impungenge n’uko ashobora gutakaza ubuzima nyuma yo gukuramo inda akubiswe n’uwahoze ari umukunzi we. Amakuru agera kuri Bigeye, avuga ko Bad Black usanzwe akorera umuziki we mu gihugu cya Uganda,yakubiswe n’uwahoze ari umukunzi we kugeza ubwo avuye amaraso menshi agakurizamo gukuramo inda. Mu gitondo cyo kuri […]

Ese yaba ari Gen Prime Niyongabo urimo gutegura coup d’Etat yo kuvanaho Nkurunziza?

Nyuma y’igerageza rya Coup d’Etat yo ku wa 13 Gicurasi 2015, yo guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza w’u Burundi, umwaka urenga wari ushize none kuri ubu inkuru zikomeje gucicikana ko harimo gutegurwa indi. Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi, ni uko ubu harimo gukorwa umukwabo bamwe mu basirikare bakekwa bagatabwa muri yombi, nyuma y’uyu mwuka […]

Batatu batawe muri yombi bakekwaho gutwikira umusore mu itanura kugeza akongotse

Gakuru Daniel w’imyaka 22 ukomoka mu karere ka Muhanga yatwikiwe mu itanura ry’umuriro arashya arakongoka nyuma yo gutwika n’abagizi ba nabi bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa kane ahagana saa mbili z’umugoroba. Uyu musore ukomoka mu kagari ka Ruli mu murenge wa Shyogwe biravugwa ko yaba yatwitswe n’abakoraga kuri iryo tanura nubwo inzego zibishinzwe zitaremeza abihishe […]

Ese umugambi wa ISIS wo gutsinsura amatorero ya Gikristu izawugeraho?

Shiraz Maher witandukanyije n’umutwe wiyitirira Leta ya Kisilam, aherutse gutangaza ko uyu mutwe ufite umugambi wo kurimbura amatorero ya Gikristu iyo ava akagera. Uyu mugabo witandukanyije na ISIS yabwiye Charsima News ko yahamije ko uyu mutwe ufite intego yo kuzimya amadini ya Gikristu kuko ibyo yigisha ngo bihabanye kure n’ibyo uyu mutwe ushaka. Hagendewe ku […]

Inkotanyi zatsinze FAR kuko politiki itajyanaga n’igisirikare- Gen Rwarakabije

N’ ubwo ubuyobozi bukuru bw’ ingabo za FPR/ Inkotanyi bwari bugizwe n’ abagabo bafite ubunararibonye ku ntambara bitewe no kumenyera ntibyari bihagije kugirango basenye ingabo za Habyarimana kuko zari zarahuguwe bihagije. Umwe mu basirikare bakuru ba FAR ndetse wakurikiraga urugamba, Maj. Gen Rwarakabije yagiye asobanura ko icyatumye batsindwa byatewe n’uko igisirikare cyari ukwacyo na politiki […]

Kamonyi: Abaturage b’umurenge wa Ngamba bagiye kubakirwa Umudugudu w’icyitegererezo

Mu muhango wo gutangiza ukwezi kwahariwe imiyoborere ku rwego rw’akarere ka Kamonyi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 14 Nzeri 2016, ubuyobozi bw’akarere bwijeje abaturage b’umurenge wa Ngamba ko bagiye gutunganyirizwa Umudugudu w’icyitegererezo. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Aimable UDAHEMUKA aganira n’abaturage b’umurenge wa Ngamba, Akagari ka Marembo ku munsi wo gutangiza ku mugaragaro ukwezi kw’imiyoborere […]

Ni “wowe” Imana ikeneye ntabwo ikeneye “twebwe”

“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye. Ibyiza ni uko yakwisuzuma mu murimo we ubwe, kuko ari bwo azabona icyo yirata ku bwe, atari ku bwa mugenzi we, kuko umuntu wese aziyikorerera uwe mutwaro.” ( Abagalatiya 6:3-5) Aha turabonamo abantu babiri: Wowe ( umurongo wa 3) Mugenzi wawe ( […]

Ese wari uziko hari abantu batemerewe kujya muri Sauna? Ese abo ni bande?sobanukirwa

Abantu benshi usanga iyo bumva umubiri wabo uremerewe ukaba utameze neza, bahitamo kugana Sauna ngo ibafashe kumererwa neza, nyamara ntibamenye ko hari ibyo bagomba kwitondera. Abanga mu by’ubuzima bavuga ko kugirango ugane Sauna, nibura ugomba kuba ufite ububasha uhabwa na muganga igihe urwaye indwara runaka yakwibasiye. Izi nzobere mu by’ubuzima by’umwihariko mu kugorora umubiri kandi, […]

Urukiko mpuzamahanga mu nzira zo gukurikirana abangiza ibidukikije

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rukorera mu Buhorandi (ICC) rwari rumenyereweho gukurikirana abanyapolitiki bakoze ibyaha byibasira inyokomuntu n’ibyaha by’intambara ruratangaza ko rugiye gutangira gukurikirana abayobozi n’abandi bose bagira uruhare mu mikoreshereze mibi y’ubutaka no kwangiza ibidukikije mu buryo bushobora guteza ibyago abaturage. Ibi byatangajwe n’ubushinjacyaha bw’uru rukiko kuwa kane 15 Nzeri 2016 ko rugiye kwita cyane ku […]