Perezida Kagame yagaragaje ko mu gisirikare harimo ikibazo nk’ikivugwa muri Miss Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko no mu gisirikare harimo ikibazo nk’ikimaze iminsi kivugwa mu irushanwa rya Miss Rwanda. Tariki ya 26 Mata 2022, urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup, ikigo gitegura iri rushanwa, Ishimwe DieudonnĂ© uzwi nka Prince Kid, rumukurikiranyeho icyaha cyo […]

Imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri RDC yagaragaje ko iyo mu baturanyi ari yo ntandaro y’umutekano muke

isc.jpg

Mu biganiro byabereye i Nairobi muri Kenya guhera tariki ya 22 Mata 2022, abahagarariye imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bagaragarije Leta ko ikomoka mu bihugu by’abaturanyi ari yo ntandaro y’umutekano muke mu burasirazuba bw’iki gihugu. Nk’uko Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yabitangaje ku wa 29 Mata ubwo […]

U Rwanda rugiye kwakira inama y’ihuriro mpuzamahanga rirwanya ruswa

Guhera tariki ya 3 kugeza ku ya 6 Gicurasi 2022, u Rwanda ruzakira inama ya 12 y’ihuriro ry’inzego zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu bya Afurika bigize umuryango Commonwealth. Hagamijwe kumva kimwe ububi bwa ruswa no gufatira hamwe ingamba zo kuyikumira, ubunyamabanga bwa Commonwealth, mu 2011 bwashyizeho ihuriro ry’inzego zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu biwugize, ku […]

Iby’ingenzi ku bifaru bya Gepard u Budage bugiye kohereza muri Ukraine

Tariki ya 26 Mata 2022 ubwo Minisitiri w’ingabo w’u Budage, Christine Lambrecht, yahuriraga mu nama ku birindiro bya Ramstein n’abahagarariye ibihugu bya NATO n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, Jens Stolenberg, yatangaje ko igihugu cye giteganya guha Ukraine ibifaru 50 bya Gepard ‘bivuguruye’ bikumira ibitero by’indege. Muri iyi nama yateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, buri […]

MONUSCO yahakanye amakuru y’uko yatereranye FARDC mu rugamba rwo kurwanya M23

Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo zahakanye amakuru avuga ko zatereranye iz’iki gihugu zikoreramo, FARDC, mu rugamba rwo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Kuri uyu wa 29 Mata, umunyamakuru Justin Kabumba yatangaje ko ingabo za MONUSCO zanze gufasha FARDC mu mirwano yabereye mu gace ka Kinyamahura, zanga […]

Burundi: Imfungwa 574 zababariwe, izirenga 200 zamaze gufungurwa

nasasagare_yasabye_imfungwa_zafunguwe_kwitwararika_zikifatanya_n_abandi_guteza_imbere_igihugu.jpg

Minisiteri y’ubutabera mu Burundi yatangaje ko imfungwa 574 mu gihugu cyose zahawe imbabazi, 226 zari zifungiwe muri gereza nkuru ya Mpimba zikaba zamaze gufungurwa. Nk’uko byemejwe na Nisasagare Gaudence wungirije Minisitiri w’Ubutabera mu Burundi kuri uyu wa 29 Mata 2022, izi mfungwa zababariwe nyuma y’isuzuma ryakozwe ku myitwarire yaziranze. Muri 862 zasuzumiwe dosiye, 288 muri […]

Busingye yashyikirije Umwamikazi Elizabeth II impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bwongereza

impind.jpg

Ambasaderi Busingye Johnston yashyikirije Umwamikazi Elizabeth II impapuro zimwemerera guhagararira guverinoma y’u Rwanda mu bwami bw’u Bwongereza. Muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa 29 Mata 2022, ifashishijwe ikorabuhanga rihuza amashusho kuko Ambasaderi Busingye yari mu ngoro ya mbere ya Buckingham, Umwamikazi Elizabeth we yari mu ngoro ya kabiri ya Windsor. Ambasaderi Busingye kandi yanashyikirije […]

Hashyizweho komite zivuguruye zishinzwe kurwanya ruswa mu nkiko

img-20220428-wa0040.jpg

Perezida w’urukiko rw’ikirenga mu Rwanda akaba na Perezida w’inama nkuru y’ubucamanza, Dr Ntezilyayo Faustin, aherutse gushyiraho komite zivuguruye zishinzwe kurwanya ruswa mu rwego rw’ubucamanza, zisimbura izari zisanzweho zitatanze umusaruro ukwiye. Izi komite ziri ku rwego rw’urukiko rw’ikirenga, urw’ubujurire, urukiko rukuru n’inkiko zikorera mu ifasi yarwo, mu rugereko rw’urukiko rukuru n’inkiko rikorera mu ifasi yarwo, mu […]

Amafoto: Umunyekongo aritegura kuzamura icyogajuru cya rutura mu bilometero 200

keka1.jpg

Umunya-Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Ingenieur Jean-Patrice Keka Ohemba aritegura kumurika icyogajuru ‘TroposphĂšre 6’ yakoze gifite ubushobozi bwo kuzamuka mu kirere intera y’ibilometero 200. Nk’uko byatangajwe na televiziyo ARTE yo mu Bufaransa tariki ya 18 Mata 2022, iki cyogajuru gifite uburebure bwa metero 15 kizamurikwa mu mezi ari imbere. Iyi televiziyo igira iti: “Mu myaka […]

U Burusiya bwarashe muri Kyiv mu gihe Umuyobozi wa UN yagiriragayo uruzinduko

Ingabo z’u Burusiya zarashe mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu gihe Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres yagiriraga uruzinduko muri iki gihugu. Nk’uko Guterres yabitangaje, yagiriye uruzinduko muri Ukraine avuye mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, kuri wa 27 Mata 2022 aho yagiranye ibiganiro na Perezida Vladimir Putin ku ihagarikwa ry’intambara y’ibi bihugu. […]

Abadepite bo mu Budage bemeye ko intwaro ziremereye zoherezwa muri Ukraine

Abadepite bo mu Budage bamaze kwemerera guverinoma kohereza intwaro ziremereye muri Ukraine kugira ngo zifashe ingabo z’iki gihugu mu ntambara zihanganyemo n’u Burusiya. Tariki ya 26 Mata 2022, ni bwo Minisitiri w’ingabo w’u Budage, Christine Lambrecht yemeje ko guverinoma yemeye kohereza intwaro ziremereye zirimo ibifaru byitwa Guepard muri Ukraine, gusa bikaba byaragombaga kwemezwa n’abagize inteko […]

Perezida Samia Suluhu yasubije abamwise Rambo na Schwarzenegger ubwo yari muri USA

rambo_shw.jpg

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yasubije abamwise abakinnyi ba filimi z’intambara b’ibyamamare: John Rambo na Arnold Schwarzenegger ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA). Uyu Mukuru w’Igihugu yari yaragiye muri USA kwifatanya n’abanya-Tanzania kumurika filimi mbarankuru ‘Tanzania: The Royal Tour’ yakinnyemo, yamamaza ibyiza nyaburanga by’igihugu bikwiye gusurwa na […]

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bwa Ndimbati

uruk.jpg

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati, ku ifungwa ry’agateganyo. Tariki ya 28 Werurwe 2022, urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwakatiye Ndimbati igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, yoherezwa muri gereza ya Nyarugenge. Yarajuriye, mu iburanisha ryabareye mu rukiko rwisumbuye tariki ya 25 Mata, Ndimbati yasabye ko yafungurwa by’agateganyo kugira ngo […]

Uwo bivugwa ko ari Prince Kid yumvikanye abwira Miss Muheto ko yamwimye ibyishimo kandi amukunda

Amajwi yagiye ku karubanda yumvikanamo uwo bivugwa ko ari umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up itegura irushanwa rya Miss Rwanda, Ishimwe DieudonnĂ© uzwi nka Prince Kid abwira Nshuti Muheto Divine ko yamwimye ibyishimo kandi amukunda. Muri aya majwi y’iminota 16 ashobora kuba yarafashwe mu ibanga (ubu akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zirimo Twitter na WhatsApp), […]

Leta y’u Bwongereza ibona ingabo z’u Burusiya zikwiye gukurwa byihuse muri Ukraine yose

Guverinoma y’u Bwongereza ibona ingabo z’u Burusiya zikwiye gukurwa byihuse ku butaka bwa Ukraine bwose, byaba na ngombwa zikanakurwa mu gace ka Crimea zafashe mu mwaka w’2014. Ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Liz Truss, na Ben Wellace ushinze ingabo nk’uko ikinyamakuru Sky News kibivuga. Truss mu kiganiro yitabiriye mu biro bya Meya […]

FARDC yatangaje ko irakomeza kurasa ku barwanyi ba M23 yemeza ko bakwiye imishwaro

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko kirakomeza kurasa ku barwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 cyemeza ko bakwiye imishwaro. Mu rukerera rwo kuri uyu wa 27 Mata 2022, FARDC yemeje ko yagabye igitero ku birindiro bya M23 mu gace ka Bugusa gaherereye muri gurupoma ya Jomba, teritwari ya Rutshuru mu ntara […]

Lt Gen. Kainerugaba yateguye irushanwa rya ba Generals n’abadepite

muhozi_k.jpg

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni usanzwe ari umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yateguye irushanwa ry’umupira w’amaguru rirahuza ba Generals n’abadepite. Ni mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 48 y’amavuko y’uyu musirikare, yabaye tariki ya 24 Mata 2022. Nk’uko bigaragara ku itangazo, urutonde rw’abahagararira ingabo za Uganda muri iri rushanwa […]

Leta y’u Rwanda yijeje abahanzi ko mu mezi make izatangira kubaha inkunga y’amafaranga

Minisiteri y’urubyiruko n’umuco (MYCulture) yatangaje ko mu mezi make ari imbere izatangira kujya iha abahanzi nyarwanda inkunga y’amafaranga, nk’abakora mu rwego rwahungabanyijwe bikomeye n’icyorezo cya Covid-19 cyibasiye Isi. Byatangajwe n’umuyobozi mukuru muri iyi Minisiteri ushinzwe iterambere ry’umuco, Twahirwa Aimable mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Radiyo Ijwi ry’Amerika, akaba yavuze ko iyi nkunga izajya inyuzwa mu […]

FARDC irashinjwa kwifashisha FDLR na RUD-Urunana mu mirwano yubuye muri Rutshuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja FDLR-FOCA (FDLR nyirizina) na FDLR-RUD Urunana irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda kwifatanya n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, mu mirwano yubuye muri tritwari ya Rutshuru. Kuri uyu wa 27 Mata 2022, Bertrand Bisimwa ushinzwe urwego rwa politiki muri M23 yatangaje ko uyu mutwe witwaje intwaro wabyukiye mu mirwano […]

Perezida Kagame yasabye u Bwongereza kohereza abimukira n’Abanyarwanda ‘basize bakoze ibyaha’

ikiga.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye guverinoma y’u Bwongereza kuzohereza abimukira ariko butibagiwe n’Abanyarwanda batanu bumaze imyaka irenga 15 bucumbikiye, basize bakoze ibyaha. Umukuru w’igihugu yatangiye ubusabe mu kiganiro yagiranye n’abadipolomate bakorera mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 26 Mata 2022, asobanura amasezerano ibihugu byombi biherutse kugirana yo kohereza abimukira bajya […]

Rutshuru: FARDC na M23 babyukiye mu mirwano ikaze

Muri gurupoma ya Jomba, teritwari Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) habyukiye imirwano ikaze hagati y’ingabo za Leta, FARDC, n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23. Amakuru aturuka muri iki gihugu avuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiye kumvikana mu duce dutandukanye twa Jomba turimo: Gisiza, Bigega na Nyarubara ugana ku musozi […]

Burundi: Leta yakuye ku rutonde abarimo abapfuye bari bakigenerwa umushahara

Guverinoma y’u Burundi yatangaje ko yakuye ku rutonde abantu 750 bahembwaga mu buryo budasobanutse barimo abapfuye, mu gihe igisuzuma dosiye zabo. Nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe umurimo n’abakozi, Dr ThadĂ©e Ndikumana mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 26 Mata 2022, kuvana aba bose ku rutonde byakozwe mu mezi atandatu ashize. Aba barimo abahembwaga badakora […]

Umurwanyi w’Umwongereza ingabo z’u Burusiya zafatiye muri Ukraine arasaba Boris kumubohoza

Umurwanyi w’Umwongereza wafashwe mpiri n’ingabo z’u Burusiya ari kurwanira ingabo za Ukraine, Aiden Aslin, arasaba Minisitiri w’Intebe Boris Johnson w’u Bwongereza kumubohoza. Mu cyumweru gishize, Boris yatangaje ko amakuru afite ari uko Aslin wafashwe mpiri mu ntangiriro z’uku kwezi yitabwaho neza n’ingabo z’u Burusiya. Amaze kubitangaza, umuvandimwe wa Aslin witwa Nathan yamuhamagaye ku murongo wa […]

U Bwongereza bwavuze ko Ukraine yemerewe gukoresha intwaro zabwo mu kugaba ibitero mu Burusiya

Minisitiri w’ingabo z’u Bwongereza, James Heappey, yatangaje ko Ukraine yemerewe gukoresha intwaro buyiha mu kugaba ibitero ku butaka bw’u Burusiya. Mu kiganiro yagiriye kuri BBC Radio 4 kuri uyu wa 26 Mata 2022 cyibanze ku bufasha burimo intwaro u Bwongereza bwemereye Ukraine, umunyamakuru yabajije Minisitiri Heappey ati: “Ese biramewe ko intwaro zacu zakoreshwa mu bitero […]

Uganda na Kenya mu bihugu byo mu karere byashoye amafaranga menshi mu gisirikare

Uganda na Kenya biri mu bihugu bitanu bya mbere mu karere k’ibihugu bya Afurika biri munsi y’ubutayu bwa Sahara byashoye amafaranga menshi mu gisirikare mu mwaka w’2021. Nk’uko bigaragara muri raporo yo kuri uyu wa 25 Mata 2022 y’ikigo cyo muri Sweden, SIPRI (Stockholm International Peace Research Institute), gikora ubushakashatsi ku mahoro, muri rusange Afurika […]

Perezida Samia Suluhu yababariye izindi mfungwa zirenga 3800

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yababariye izindi mfungwa 3826 kuri uyu wa 26 Mata, ubwo igihugu cyizihiza imyaka 58 kimaze cyiyunze n’ibirwa bya Zanzibar. Imfungwa zababariwe ni izarangije ÂŒ cy’igifungo zakatiwe zirimo: izifite indwara zidakira kandi zikomeye, izikuze zirengeje imyaka 70 y’amavuko, izonsa abana n’abatwite, izifite ubumuga bwo mu mutwe […]

Umuyobozi w’umuryango HRW ushinjwa kwibasira u Rwanda agiye kuva ku nshingano

Umuyobozi mukuru w’umuryango HRW (Human Rights Watch) uharanira uburenganzira bw’ikiremamuntu ushinjwa kwibasira u Rwanda inshuro nyinshi, Kenneth Roth, agiye kuva kuri iyi nshingano yari amazeho imyaka ikabakaba 30. HRW mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa 26 Mata 2022, yasobanuye ko Roth arava kuri iyi nshingano ‘ku bushake’ ku mpera ya Kanama uyu mwaka. Avuga […]

Ngoma: Sgt Maj. Niyigabura wemera ko yicishije umugore we ifuni yakatiwe

Urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa 25 Mata 2022 rwakatiye igifungo cya burundu umusirikare Sergeant Major Niyigabura Athanase utuye mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica biturutse ku bushake. Mu iburanisha ryabereye ahakorewe icyaha tariki ya 19 Mata 2022, Niyigabura yemeye ko yicishije umugore we agasuka yamukubise inshuro […]

Mu 2021: USA yashoye amadolari miliyari 801 mu gisirikare, u Burusiya bushoramo 66

Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu mwaka w’2021 zashoye amadolari miliyari 801 mu gisirikare, mu gihe u Burusiya bwashoye miliyari 65.9. Nk’uko bigaragara muri raporo yo kuri uyu wa 25 Mata 2022 y’ikigo cya SIPRI (Stockholm International Peace Research Institute) gikora ubushakashatsi ku mahoro, Isi yashoye amafaranga menshi mu gisirikare mu 2021 ugereranyije n’imyaka […]

Ibihugu 40 biraterana biganira ku kongerera ubushobozi ingabo za Ukraine

Ibihugu 40 birateranira mu Budage kuri uyu wa 26 Mata 2022, biganira ku buryo byakongerera ubushobozi ingabo za Ukraine, kugira ngo zibashe guhangana n’iz’u Burusiya zimaze amezi abiri zigabayo igitero. Nk’uko RFI ibivuga, iyi nama yatumijweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), irabera ku birindiro by’ingabo zazo zirwanira mu kirere bya Ramstein biri mu […]

Shene ya Diamond yakuwe burundu kuri YouTube, indirimbo ya The Ben ibigenderamo

Umuyoboro (channel) w’umuhanzi Diamond Platnumz wamamaye mu muziki wa Tanzania wakuwe burundu ku rubuga rwa YouTube guhera kuri uyu wa 25 Mata 2022, indirimbo yakoranye n’Umunyarwanda The Ben ibigenderamo. Abanyamakuru bakomeye mu myidagaduro muri Tanzania basobanura ko ubwo uyu muyoboro wari umaze gukurwa kuri YouTube hagaragaraga ubutumwa busobanura impamvu. Uwasuraga uyu muyoboro yawubonaga, ariko nta […]

Museveni yasobanuye uko Kagame yamutabaye yari agiye kwicirwa hamwe n’umuryango we

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yasobanuye uburyo Paul Kagame na murumuna we, General (Rtd) Caleb Akandwanaho wamenyekanye nka Salim Saleh bamutabaye ubwo yari agiye kwicirwa hamwe n’umuryango we. Mu butumwa burebure amaze gushyira ku rubuga rwa Twitter, Perezida Museveni yasobanuye uburyo umuhungu we wizihije isabukuru y’amavuko ya 48, ari impano Imana yamuhaye, […]

Mali: Umutwe w’iterabwoba urigamba gufata abacancuro benshi ba Wagner

Umutwe w’iterabwoba wa Jnim ukorera muri Mali urigamba gufata abacancuro benshi b’umutwe w’ingabo wigenga ukomoka mu Burusiya, Wagner Group. Mu itangazo uyu mutwe wasohoye kuri uyu wa 24 Mata 2022 nk’uko RFI ibivuga, wavuze ko wafatiye aba bacancuro mu mirwano yabereye mu gace ka Moura mu ntangiriro z’uku kwezi, ngo ubwo bari kumwe n’ingabo z’igihugu. […]

Gen. Kayihura yirutse ibilometero 21 yizihiza isabukuru ya Kainerugaba wamusabiye imbabazi

muhoozi_kayihura.png

General Kale Kayihura wabaye umuyobozi mukuru wa Polisi ya Uganda, yirutse ibilometero 21 yizihiza isabukuru y’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba. Tariki ya 23 Mata 2022 ni bwo i Kampala habaye ibirori byo kwizihiza isabukuru ya Gen. Kainerugaba, byaranzwe n’irushanwa ryo kwiruka ndetse n’umutambagiro […]

Me Lurquin n’ikimenyetso gishya, RDC n’imitwe yitwaje intwaro mu biganiro, n’Umushinwa wakatiwe mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 18 Mata 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zirimo izirebana n’umutekano, ubutabera na politiki. Harimo ko: Perezida Kagame yasubije abanenze amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasubije abanenze amasezerano y’abimukira n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu rwagiranye n’u Bwongereza tariki ya 14 Mata 2022. Ubwo aya masezerano arimo […]

Perezida Museveni yakiriye Perezida Kagame

pk1-2.jpg

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yakiriye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ku biro by’Umukuru w’Igihugu i Kampala kuri uyu wa 24 Mata 2022. Aba bakuru b’ibihugu bagiranye ikiganiro kirebana n’ubufatanye, umutekano n’ibindi nk’uko Perezida Museveni yabitangaje. Yagize ati: “Muri uyu mugoroba nakiriye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda […]

Amafoto: Perezida Kagame yageze muri Uganda

he3.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa 24 Mata 2022 yageze muri Uganda. Umukuru w’Igihugu agezeyo agiye kwizihiza ibirori by’isabukuru y’amavuko y’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba wamutumiye. Ibirori nyirizina by’uyu munsi w’amavuko byabereye ku kibuga cya Lugogo Cricket Oval kuri uyu wa 23 Mata 2022. Birakurikirwa n’umuhango wo […]

Nairobi: Hahishuwe ibyabereye mu cyumba cy’ibiganiro hagati ya Leta ya RDC na M23

Ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) byaraye bitangaje ko byakuye umutwe witwaje intwaro wa M23 mu biganiro Leta iri kugirana n’imitwe yitwaje intwaro, bibera i Nairobi muri Kenya guhera ku wa 22 Mata 2022. Ibi biro byasobanuye ko uyu mutwe wakuwe muri ibi biganiro ari uko mu gihe byari birimbanyije, ababyitabiriye […]

Sudani: Ingabo za Ethiopia zirenga 500 zirasaba ubuhungiro

Umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi, UNHCR, uvuga ko muri Sudani hari ingabo za Ethiopia 528 zisaba ubuhungiro kuko zidashaka gusubira mu gihugu cyazo. Ethiopia yari ifite ingabo zikabakaba 4000 zahoze mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gace ka Abyei kari mu makimbirane hagati ya Sudani na Sudani y’Epfo. Ariko bitewe n’amakimbirane Ethiopia yagiranye na Sudani […]

Abayobozi babiri bakomeye muri USA barajya muri Ukraine

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Antony Blinken arasura umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, kuri uyu wa 24 Mata 2022. Nk’uko Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yabimenyesheje abanyamakuru kuri uyu wa 23 Mata, Blinken araba aherekejwe n’Umunyamabanga wa USA ushinzwe ingabo, Llyod Austin. Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Sintekereza ko ari ibanga ko […]

Hasobanuwe ibigomba gukorwa mbere y’uko EAC yohereza ingabo zayo muri RDC

Tariki ya 21 Mata 2022, ubwo abakuru b’ibihugu by’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) bateraniraga i Nairobi muri Kenya, banzuye ko muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) hazoherezwa mu gihe cya vuba umutwe w’ingabo zijya kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Imitwe yitwaje intwaro irebwa n’iyi ngingo n’iyanze kurambika intwaro guhera uyu munsi inama yabereyeho ngo […]

RED Tabara yababajwe n’amagambo ya Perezida Ndayishimiye yatangaje ko itazarambika intwaro

Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, watangaje ko utazarambika intwaro mu gihe ibibazo byatumye ushingwa bitarakemuka. Tariki ya 21 Mata 2022, abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) barimo Perezida FĂ©lix Tshisekedi uyobora Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bateraniye mu nama y’umutekano i Nairobi. Muri iyi nama yigaga […]

Polisi ya Kenya yemeje ko ifite abapolisi 2000 bafite ibibazo byo mu mutwe

Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Kenya, Hillary Mutyambai, yatangaje ko hari abapolisi bagera ku 2000 bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe badakwiye gukomeza aka kazi. Nk’uko The Standard ibivuga, uyu mubare wabonetse nyuma y’isuzuma ryakozwe n’abaganga, ryatewe n’ubwiyongere bw’abapolisi ba Kenya bari bakomeje kwiyahura n’umuhangayiko ukabije (depression). Mu kiganiro yagiranye n’abayobozi b’amatorero n’amadini tariki ya […]

U Bushinwa bwagize ibyo busaba u Rwanda nyuma yo gukatira umwenegihugu wabwo

Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yagize icyo isaba ubutabera bw’iki gihugu nyuma y’aho urukiko rwisumbuye rwa Karongi rukatiye umwenegihugu Shujun Sun igifungo cy’imyaka 20, azira icyaha cyo gukora iyicarubozo. Tariki ya 19 Mata 2022 ni bwo uru rukiko rwahamije iki cyaha, nyuma y’aho muri Kanama 2021 yagaragaye mu mashusho n’amafoto akubita Abanyarwanda, yabazirikiye ku giti […]

Fayulu abona Perezida Tshisekedi agiye kugabiza RDC imitwe yitwaje intwaro

fayu.jpg

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yavuze ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiye kugabiza iki gihugu imitwe yitwaje intwaro. Mu butumwa yatambukije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 22 Mata 2022, Fayulu yagize ati: “Ntibyumvikana uburyo Bwana FĂ©lix Tshisekedi yemererwa gushyira igihugu mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro.” Uyu […]

U Burusiya bwaburiye Israel

Ambasaderi w’u Burusiya muri Israel, Anatoly Viktorov, yayiburiye ko niha u Ukraine imfashanyo, igihugu cye nacyo kitazazuyaza gusubiza. Ambasaderi Viktorov yabitangarije mu kiganiro yagiranye na televiziyo y’u Burusiya, asubiza Minisitiri w’ingabo wa Israel, Benny Gantz wemeje ko bateganya guha Ukraine imfashanyo y’ingofero n’amakote by’ubwirinzi. Ibiro bya Minisitiri Gantz byasohoye iri tangazo nyuma yo kugirana ikiganiro […]

EAC igiye kohereza byihuse ingabo zirwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC

kenyatt.jpg

Abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bafashe ibyemezo birimo kohereza byihuse umutwe w’ingabo zihuriweho zo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ibi byemezo byafatiwe mu nama yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 21 Mata 2022, yitabiriwe na Perezida Uhuru Kenyatta, FĂ©lix Tshisekedi wa RDC, Evariste Ndayishimiye […]

Gen. Kainerugaba yahishuye ibyo yasezeranyije Perezida Kagame

rw.jpg

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, umujyanama we mu bikorwa byihariye by’igisirikare akaba n’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yahishyuye ibyo yasezeranyije Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo bahuraga muri uyu mwaka ku nshuro ya mbere. Tariki ya 22 Mutarama 2022 ni bwo Gen. Kainerugaba yageze mu Rwanda mu ruzinduko rugamije […]

Sergeant Major Niyigabura wemera ko yicishije umugore we ifuni yasabiwe gufungwa burundu

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye igifungo cya burundu Sergeant Major Niyigabura Athanase wemera ko tariki ya 26 Werurwe 2022 yicishije agasuka umugore we babyaranye abana batatu. Nk’uko TV1 yabitangaje, uru rubanza rwabereye mu rugo rwakorewemo icyaha kwa Niyigabura mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma, mu ntara y’iburasirazuba. Niyigabura mu kwisobanura, yemeye ko yishe umugore […]

Mboweni wari wanenze amasezerano y’abimukira yatangaje ko yanyuzwe n’uruhande rw’u Rwanda gusa

mbo.jpg

Tito Mboweni wabaye Guverineri wa Banki y’Ubwizigame ya Afurika y’Epfo na Minisitiri w’Imari waho, nyuma yo kunenga amasezerano y’abimukira n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza, yatangaje ko yanyuzwe n’uruhande rumwe gusa. Aya masezerano guverinoma y’u Rwanda yayagiranye n’iy’u Bwongereza tariki ya 14 Mata 2022. Areba abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo butemewe […]

Guterres uyobora UN arashaka guhurira na Putin na Zelensky mu bihugu byabo

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, arashaka guhurira na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na Volodymyr Zelensky wa Ukraine mu mirwa mikuru y’ibihugu byabo. Umuvugizi wa Guterres, StĂ©phane Dujarric yatangaje ko Umunyamabanga Mukuru yandikiye abakuru b’ibihugu byombi, abasaba ko bamwakira mu mirwa mikuru, Moscow na Kyiv. Dujarric yemeje ko aya mabaruwa yashyikirijwe abahagarariye ibi […]

Mu mezi 5 UPDF-FARDC zakuye ADF mu birindiro yari imazemo imyaka irenga 22

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yemeza ko mu mezi atagera kuri atanu izi ngabo zifatanyije n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FARDC, zirukanye umutwe w’iterabwoba wa ADF mu bice wari umaze imyaka irenga 22 warafashe. Uyu musirikare yatangaje ko Komanda w’ingabo w’ibikorwa bya ‘Operation Shujaa’ bihuriweho bya UPDF […]

Umunyamategeko wirukanwe mu Rwanda avuga ko afite ikimenyetso gishya ku izanwa rya Rusesabagina

Umubiligi wari usanzwe yunganira Paul Rusesabagina mu mategeko wirukanwe mu Rwanda, Vincent Lurquin, avuga ko afite ikimenyetso gishya cyerekeye ku buryo yageze muri iki gihugu ubwo yatabwaga muri yombi. Mu mpera za Kanama 2020 ni bwo urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Rusesabagina, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali avuye […]

Ingabo za Cameroon n’iz’u Burusiya zagiranye amasezerano

Guverinoma ya Cameroon n’iy’u Burusiya ziherutse kugirana amasezerano y’ubufatanye mu by’igisirikare. Nk’uko radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI yabitangaje, aya masezerano yasinyiwe i Moscow ku ruhande rwa Cameroon yari ahagarariwe na Minisitiri w’ingabo, Joseph Beti Assomo na mugenzi we w’u Burusiya, General Sergei ChoĂŻgou. Mu by’ingenzi bikubiye muri aya masezerano ari ku mpapuro 13 harimo guhanahana amakuru […]

Denmark yemeje ko iri kuganira n’u Rwanda ku kurwoherereza abimukira

Guverinoma ya Denmark yemeje ko iri kugirana ibiganiro n’iy’u Rwanda ku buryo yarwoherereza abimukira bashaka ubuhungiro. Mu kiganiro yagiranye na Reuters kuri uyu wa 20 Mata 2022, Minisitiri Mattias Tesfaye ushinzwe abinjira n’abasohoka, yasobanuye iby’ibi biganiro ati: “Ibiganiro byacu na guverinoma y’u Rwanda bikubiyemo uburyo bwo kohereza abasaba ubuhungiro.” Minisitiri Tesfaye yavuze ko biganiro bigamije […]

Kampala: RwandAir flight involved in a runaway excursion

RwandAir announces that its flight early this morning was involved in a runaway excursion upon landing at Entebbe International Airport, Kampala-Uganda. “RwandAir flight WB464 upon landing at Entebbe International Airport early this morning, was involved in a runaway excursion as a result of bad weather.” Announces today, April 20, 2022. According to this national airline […]

Rutsiro: Umushinwa wagaragaye ahondagurira umuntu ku musaraba yakatiwe imyaka 20

rutsiro.jpg

Urukiko rwisumbuye rwa Karongi kuri uyu wa 19 Mata 2022 rwakatiye Umushinwa Shujun Sun wagaragaye akubita umuntu wari uziritse ku musaraba igifungo cy’imyaka 20, rumaze kumuhamya icyaha cy’iyicarubozo. Uyu Mushinwa wari kumwe n’abandi Banyarwanda barimo uwitwa Renzaho Alexis bagaragaye mu murenge wa Mukura, mu karere ka Rutsiro muri Kanama 2021, bahondagura Umunyarwanda bahatirizaga kwemera ko […]

U Bwongereza burateganya ‘gusuzumisha uburakari’ bwa Putin intwaro kabuhariwe

stor.jpg

Guverinoma y’u Bwongereza iravugwaho gutegura umugambi wo koherereza Ukraine intwaro karundura zishobora kuzatuma Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, arakara bikomeye mu gihe akomeje ibitero kuri Ukraine. Ikinyamakuru The Sun kivuga ko cyakuye amakuru muri biro by’Umunyamabanga (Minisitiri) ushinzwe ingabo yemeza ko misile za Stormer HVM (High Velocity Misile) zihanura indege ku muduvuko mwinshi ziherutse kumurikirwa […]