Perezida wa UAE yapfuye, hashyirwaho iminsi 40 y’ikiriyo

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) wari n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo, Sheikh Khalifa bin Zayed al Nahyan yapfuye nyuma y’imyaka 17 agiye ku butegetsi, azize uburwayi yari amaranye igihe. Minisiteri ishinzwe ibikorwa byo mu biro bya Perezida, yemeje urupfu rw’uyu Mukuru w’Igihugu, igira iti: “Minisiteri ishinzwe ibikorwa bya Peezida irabika urupfu rwa Nyakubahwa Sheikh Khalifa […]

Gen. Kainerugaba na Gen. Mugisha Muntu bari mu ntambara y’amagambo

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yateranye amagambo na Maj. Gen. (Rtd) Gregory Mugisha Muntu wigeze kuba Umugaba Mukuru w’izi ngabo. Muntu usigaye ari umunyapolitiki mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari yitabiriye umuhango wo gufungura urusengero rw’Abadivantisiti b’Umunsi wa 7 n’ikigo nderabuzima mu karere ka Jinja, yavuze ku mugambi wa […]

U Bwongereza bwasabye ibihugu bikize gukomeza kotsa igitutu Putin

Guverinoma y’u Bwongereza, yasabye ibihugu byibumbiye mu muryango wa G7 gukomeza kotsa igitutu Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, kugeza ategetse ingabo z’igihugu cye kuva muri Ukraine. Nk’uko ibiro ntaramakuru Associated Press bibivuga, ibi byatangajwe kuri uyu wa 13 Gicurasi 2022 n’Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga, Liz Truss ubwo yari amaze kugirana inama na bagenzi […]

Mu barwanyi ba M23 FARDC iherutse gufata harimo uvuga ko iwabo ari i Nyanza mu Rwanda

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, giherutse kwereka itangazamakuru abarwanyi 22 b’umutwe witwaje intwaro wa M23 bari mu maboko yacyo, barimo 4 bacyishyikirije. Umuvugizi w’ibikorwa bya FARDC byahawe izina rya Sokola 2, Lt Col. Guillaume Ndjike Kaiko yasobanuye ko ifatwa ry’aba barwanyi ari umusaruro w’imirwano imaze iminsi hagati y’impande zombi. Muri videwo FARDC […]

Former Presidential Guard Commander, Mpiranya, confirmed dead

The International Residual Mechanism for Criminal Tribunals (IRMCT) Office of the Prosecutor, today May 12, confirms the death of former Commander of Presidential Guard of Rwanda, Major Protais Mpiranya, who was alleged to have been a senior leader of 1994 genocide against the Tutsi. This confirmation comes after the release of result from the Netherlands […]

IRMCT yemeje ko Maj. Protais Mpiranya washakishwaga yapfuye

Urwego mpanabyaha rw’Umuryango w’Abibumbye, IRMCT, rwatangaje ko Protais Mpiranya washakishwaga na Leta y’u Rwanda akekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, amaze imyaka irenga 15 apfuye. Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz, kuri uyu wa 12 Gicurasi 2022 yatangaje ko ibipimo byafashwe na laboratwari yo mu Buholandi ya Netherland Forensic Institute ku murambo byakekwaga ko ari […]

Kigali: Umukobwa witeguraga kuba umubikira wari waraburiwe irengero yabonetse

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko witeguraga kuba umubikira yabonetse, nyuma y’iminsi aburiwe irengero. Uyu mukobwa, Furaha Florence Drava, ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yabaga mu kigo cy’ababikira mu karere ka Ngoma. Tariki ya 8 Gicurasi 2022 yasize yandikiye bagenzi be babanaga abashimira kuba baramubaniye neza, ashima n’ibyo […]

Industrialist Mironko seeks over 3bn Rwf payment for military equipment supply tender

François-Xavier Mironko, a well-known businessman and industrialist in Rwanda is seeking over 3 billion Rwandan francs of ‘debt’ from the government, originating from military equipment supply tender awarded to him 29 years ago. In 2020, the businessman applied the case in the East African Court of Justice (EACJ), Arusha-Tanzania, alleging the current government of Rwanda […]

Perezida wa Finland yarenze ku muburo w’u Burusiya

Perezida wa Finland, Sauli Niinisto na Minisitiri w’Intebe Sana Marin bateye utwatsi umuburo wa Leta y’u Burusiya ku busabe bwo kwinjira mu muryango w’igisirikare wa NATO. Itangazo aba bayobozi bahuriyeho ryasohotse kuri uyu wa 12 Gicurasi 2022 rivuga ko iki gihugu giteganya gusaba kwinjira muri uyu muryango bidatinze. Nk’uko bigaragara mu itangazo Bwiza.com ifitiye kopi, […]

Umukecuru w’imyaka 128 yategetse umuryango uko uzamushyingura, utabikurikiza akawubuza amahwemo

mazimma.jpg

Umukecuru w’imyaka 128 y’amavuko wo muri Afurika y’Epfo, Nkukuthane Johanna Mazibuko, yategetse umuryango we uko uzamushyingura, utabikurikiza umuzimu we ukazababuza amahwemo. Mazibuko wavutse tariki ya 11 Gicurasi 1894 nk’uko bigaragara ku ikarita ndangamuntu, yasobanuriye ikinyamakuru News24, yasobanuye ko yavukanye n’abandi 11 ariko ubu hakaba hasigaye we n’abandi 2 gusa. Uyu mukecuru asobanura ko kuri iyi […]

Mironko arishyuza Leta amafaranga y’isoko ryo kuzana intwaro mu Rwanda avuga ko yahawe ku bwa Habyarimana

Mironko François Xavier wamenyekaniye ku ruganda yashinze rutunganya ibikoresho bya pulasitiki ruherereye i Gikondo mu karere ka Kicukiro, amaze igihe yishyuza Leta amafaranga y’isoko ryo kuzana intwaro avuga ko yahawe ubwo Habyarimana JuvĂ©nal yayoboraga iki gihugu. Uyu mushoramari mu kirego yagejeje mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACJ, yasobanuye ko mu 1993 n’1994, Leta y’u […]

Ibyo Bamporiki yakoze birababaje, biteye agahinda_Umuvunyi Mukuru wungirije

Umuvunyi Mukuru wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya ruswa, Mukama Abbas avuga ko ibyo Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yakoze bibabaje kandi biteye agahinda. Mu kiganiro yagiriye kuri Megapex TV, Mukama yavuze ku rugamba Leta y’u Rwanda iriho rwo kurwanya ruswa mu nzego zose kuva ku z’ibanze kugera ku zo […]

FARDC yerekanye abarwanyi 22 ba M23 yafashe, barimo abanyamahanga

ndjike.jpg

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC) cyeretse itangazamakuru abarwanyi 22 b’umutwe witwaje intwaro wa M23 cyafashe barimo 4 bacyishyikirije. Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 2 bibera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko yasobanuye ko ifatwa ry’aba barwanyi ari umusaruro w’imirwano imaze iminsi hagati y’impande zombi, yabereye muri gurupoma […]

Biden yatangaje ko Putin atagifite uburyo bwo guhagarika intambara yashoje kuri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yatangaje ko atewe impungenge n’uko Vladimir Putin w’u Burusiya atagifite uburyo bwo guhagarika intambara amaze amezi arenga abiri yarashoje muri Ukraine. Mu ijambo yavuze kuri uyu wa 9 Gicurasi 2022 nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters by’Abongereza byabitangaje, Biden yavuze ko USA igiye kureba icyo yakora kuri […]

Ndayishimiye ari mu biganiro n’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yijeje abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya RED Tabara na FNL irwanya Leta ko nibemera kuzirambika bagataha mu gihugu cyababyaye, bazakiranwa amaboko yombi. Uyu Mukuru w’Igihugu yabivugiye mu biro bye kuri uyu wa 10 Gicurasi 2022 ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyarebanaga n’iterambere ryabo n’ibindi bibazo birebana n’ubuzima bw’igihugu. […]

U Bwongereza bwatekereje ku bimukira baryamana bahuje ibitsina mbere yo kubohereza mu Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza yatekereje by’umwihariko ku baryamana bahuje ibitsina, abihinduza ibitsina n’abandi bahuriye mu muryango wa LGBTQI+ barebwa n’amasezerano ibihugu byombi biherutse kugirana. Muri raporo y’isuzuma u Bwongereza bwakoze, bwagaragaje ko butekereza ku buryo aba bimukira bashobora kuzafatwa mu gihe bazaba barageze mu Rwanda nk’igihugu kidafite amategeko yihariye abarengera. Muri iyi raporo yasohotse kuri uyu […]

Byamenyekanye ko Bamporiki yishyuye uwigeze kumurega ko yamwambuye

Byamenyekanye ko Bamporiki Edouard uheruse guhagarikwa ku nshingano y’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco ushinzwe umuco, yishyuye uwitwa Mucyo Ezra wigeze kumurega ko yamwambuye. Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu umenyerewe mu gukorera abaturage ubuvugizi ni we wabihishuye, ubwo yari mu kiganiro Ahabona kuri uyu wa 9 Gicurasi 2022, cyibanze ku ihagarikwa n’ifungwa rya Bamporiki ukurikiranyweho icyaha […]

Minisitiri Patel yatangaje ko ‘abimukira b’ubwato buto’ nta burenganzira bafite bwo kuba mu Bwongereza

Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, Priti Patel yatangaje ko abimukira binjira iwabo mu buryo butemewe n’amategeko bakoresheje ubwato buto, badafite uburenganzira bwo kubayo. Uyu muyobozi yabivugiye mu kiganiro yagiriye ku kigo cya Met Police kiri mu mujyi wa Kent, asobanura ibikubiye mu masezerano y’imyaka itanu guverinoma y’u Bwongereza yagiranye n’iy’u Rwanda tariki ya 14 […]

Amavubi y’abato yabuze amahirwe yo kwitabira irushanwa yatumiwemo na UEFA

ferwa.jpg

Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 16 yabuze amahirwe yo kwitabira irushanwa ritegurwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi (UEFA) yatumiwemo kubera kubura ibyangombwa. Tariki ya 23 Mata 2022 ni bwo Umunyamabanga Mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Muhire Henri yatangaje ko bari gutegura abana barenga 40 baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu barimo […]

Noteri ukekwaho gufasha Miss Iradukunda Elsa arafunzwe

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rufunze Noteri witwa Uwitonze Nasira ukekwaho gufasha Miss Iradukunda Elsa mu gukora inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza. Uwitonze ufungiwe kuri sitasiyo ya Remera guhera kuri uyu wa 9 Gicurasi 2022, akurikiranyweho icyaha cyo gukora inyandiko itavugisha ukuri no kwiyitirira umuriro utari uwe. Amazina ya Uwitonze ni yo agaragara kuri kashe (cachet) […]

Janet Museveni ahangayikishijwe n’uburyo abana babyukira ku ishuri kare cyane, bagacyurwa bwije

Minisitiri w’uburezi na siporo muri Uganda unasanzwe ari umugore wa Perezida Yoweri Museveni, Janet Kataha Museveni, yagaragaje ko ahangayikishije n’uburyo abana babyukira ku ishuri hakiri kare cyane, bagacyurwa bwije. Janet yagejeje izi mpungenge ku banyamakuru mu kiganiro bagiranye tariki ya 4 Gicurasi 2022, cyari cyerekeye gahunda zitandukanye z’urwego rw’uburezi. Uyu muyobozi yavuze ko bidakwiye ko […]

Miss Iradukunda Elsa arafunzwe

Iradukunda Elsa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda mu mwaka w’2017 yatawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 8 Gicurasi 2022. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yemeje ko Iradukunda ufungiwe kuri sitasiyo ya Remera, akurikiranweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano n’icyo kubangamira iperereza. Itabwa muri yombi rya Iradukunda rifitanye isano […]

Perezida Ndayishimiye yashyize abantu 9 mu myanya ikomeye mu biro bye

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ku wa 6 Gicurasi 2022 yashyize abantu 9 mu myanya ikomeye mu biro bye. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 8 Gicurasi, abashyizwe muri iyi myanya ni abakurikira: IrĂšne Kabura Murihano yagizwe umuyobozi mukuru w’ishami rishinzwe kwiga ku ngamba n’iterambere, Pierre Mupira agirwa umuyobozi umwungirije. […]

Dr Bihira yasobanuye uko yamenye mbere y’igihe ko indege ya Habyarimana izahanurwa

Umuhanga mu by’ubukungu akaba n’umusesenguzi mu bya politiki, Dr Bihira Pierre Canisius, yemeza ko yari azi ko indege ya Habyarimana JuvĂ©nal wabaye Perezida w’u Rwanda izahanurwa. Mu kiganiro yagiriye kuri Popote TV, Dr Bihira yasobanuye ko muri Werurwe 1994 habura ukwezi ngo jenoside yakorewe Abatutsi itangire, ari bwo yamenyeshejwe ko mu Rwanda hagiye kuzaba intambara, […]

Abarwanyi ba Azov banenze ingabo za Ukraine, biyemeza gukomeza guhangana n’iz’u Burusiya

Abarwanyi b’umutwe w’ingabo wa Azov uhanganiye n’ingabo z’Abarusiya mu karere ka Mariupol, bashinja Leta ya Ukraine kubatererana muri uru rugamba, kandi ngo barwanirira ubwigenge bw’igihugu cyabo. Abayobozi bakuru b’uyu mutwe babivugiye mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 8 Gicurasi, cyifashishije ikoranabuhanga rya Zoom kuko bari mu ruganda rwa Azovstal rutunganya ibyuma, aho ingabo z’u […]

Ihagarikwa rya Bamporiki, ifatwa ry’ukekwaho gusebya Leta y’u Rwanda n’ubukererwe ku kohereza abimukira: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 2 Gicurasi 2022, cyaranzwe n’inkuru nyamkuru zirimo izerekeye ubutabera, politiki n’umutekano. Harimo: Ihagarikwa n’ifungwa rya Bamporiki Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, tariki ya 5 Gicurasi yahagaritse ku mirimo Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, ushinzwe umuco. Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe ryasobanuye ko Bamporiki […]

CAR: Abacancuro ba Wagner bararegwa gutera ibitaro, bagafata ku ngufu umubyaza n’ababyeyi

Abacancuro b’umutwe wa Wagner Group ukomoka mu Burusiya, bararegwa gutera ivuriro ryo muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), bagafata ku ngufu umubyaza n’ababyeyi bari bamaze kubyara. Ikinyamakuru Daily Beast kivuga ko amakuru cyakuye mu basirikare bakorera ku cyicaro gikuru cy’ingabo za CAR batifuje ko amazina yabo amenyekanya, yemeza ko abacancuro batatu bateye riri mu birindiro by’igisirikare […]

Leta yiteguye kwitaba urukiko rwo muri USA yaregewemo n’umuryango wa Rusesabagina

Leta y’u Rwanda yiteguye kwitaba urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yaregewemo n’umuryango w’umugororwa Rusesabagina Paul ufungiwe muri gereza ya Nyarugenge. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye na Radiyo Ijwi ry’Amerika, cyasohotse kuri uyu wa 8 Gicurasi 2022. Umuryango wa Rusesabagina uba muri USA uherutse gutangaza ko […]

Umugore wa Perezida Biden yageze muri Ukraine bitunguranye

Umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Dr Jill Biden, yagiriye uruzinduko muri Ukraine mu buryo butunguranye, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2022. Ubwo yageraga mu gace ka Uzhhorod kari mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Ukraine, Jill Biden yakiriwe n’umugore wa Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, Olena Zelenska, bagirana ikiganiro cyabereye mu cyumba cy’ishuri […]

Umunyarwanda Ncuti Gatwa yasimbuye Whittaker muri filimi ‘Doctor Who’ ya BBC

Ncuti Gatwa ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda na Scotland yasimbuye Jodie Whittaker muri filimi y’uruhererekane yitwa Doctor Who itegurwa n’ikinyamakuru BBC cyo mu Bwongereza. Iyi filimi ibara inkuru itarabayeho (fiction) igaragaza ubushobozi budasanzwe bw’ikiremwa cyitwa Doctor kimeze nk’umuntu kibasha gutembera mu isanzure gikoresheje icyogajuru. Ncuti Gatwa ni we uzajya akina iyi filimi mu mwanya w’iki kiremwa […]

Umuvunyi Mukuru yasabye ko umutungo wa Afurika unyererezwa hanze wagaruzwa

kal_0763.jpg

Urwego rw’Umuvunyi rw’u Rwanda n’izindi nzego zishinzwe kurwanya ruswa zihuriye mu muryango ushamikiye kuri Commonwealth, ishami rya Afurika, zirasaba ko ibihugu byo kuri uyu mugabane byakwifatanya mu kugaruza wanyererejwe hanze yawo. Ni ubusabe bugaragara mu myanzuro yafashwe n’abahagarariye izi nzego bari bateraniye mu Rwanda guhera ku wa 3 kugeza kuri uyu wa 6 Gicurasi 2022, […]

Ingabo z’u Burusiya ziri hafi yo kwizihiza Umunsi w’Intsinzi

Tariki ya 9 Gicurasi buri mwaka, ingabo z’u Burusiya zizihiza ‘Umunsi w’Intsinzi’ zibukiraho itariki yabo y’ingenzi yaziranze mu ntambara ya kabiri y’Isi, mu 1945 ubwo mu gihe zari zigize Ubumwe bw’Abasoviyete zatsindaga iz’u Budage bwari buyobowe n’umunyagitugu Adolf Hitler. Mu gihe hizihizwa uyu munsi, ingabo z’u Burusiya zerekana ubushobozi bwazo mu bijyanye n’abasirikare ndetse n’ibikoresho […]

Uko Bamporiki yigeze kumara icyumweru muri kasho

Bamporiki Edouard wahagaritswe ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, RIB igatangaza ko afungiwe mu rugo rwe akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibifitanye isano na yo, si ubwa mbere afunzwe kuko na mbere yigeze kumara icyumweru muri kasho ya Polisi. Muri Nyakanga 2021 ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 27 rumaze rubohowe n’ingabo zari zishamikiye […]

Hasobanuye uburyo USA ishobora kuba iri inyuma y’irohama ry’ubwato Moskva bw’u Burusiya

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bivuga ko iki gihugu cyaba kiri inyuma y’irohama ry’ubwato bunini bw’intambara bw’u Burusiya, Moskva, bwari bugiye kwifashishwa mu kugaba ibitero muri Ukraine. BBC News ivuga ko hari umuyobozi wo muri USA utavuzwe amazina, wasobanuye ko mbere y’uko ubu bwato burohama, Ukraine yari yabanje gusaba iki […]

Minister Bamporiki suspended amid investigation for serious cases

President Paul Kagame has suspended Minister of State in the Ministry of Youth and Culture, Edouard Bamporiki, from his duties amid his ‘arrest’ rumors on social media since today, afternoon. According to the communiquĂ© from Office of the Prime Minister, Dr Edouard Ngirente, Mr Bamporiki suspension is “owing to matters of accountability under investigation”. Different […]

Bamporiki Edouard yahagaritswe, RIB yemeje ko afunzwe

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahagaritse ku mirimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Bamporiki Edouard. Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe risobanura ko Bamporiki yahagaritswe kubera ko hari ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho. Iri tangazo rikurikiye amakuru yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Bamporiki yatawe muri yombi hamwe n’undi muyobozi. […]

Kenya: Yakorewe ibirori nk’umukozi wo muri ‘morgue’ w’indashyikirwa mu gihugu

Umugabo wo muri Kenya w’imyaka 45 y’amavuko witwa Augustin Owino, yakorewe ibirori nk’umukozi w’indashyikirirwa mu gihugu ukora muri serivisi z’uburuhukiro bw’ibitaro (morgue). Mu kiganiro yagiranye na Citizen Digital, Owino yasobanuye ko yagize igiterekezo cyo gukora muri serivisi z’uburuhukiro, agikomoye ku mpanuka ikomeye y’ubwato bwarimo nyina wabo yabereye mu nyanja y’u Buhinde tariki ya 29 Mata […]

Ibyo Katureebe uregwa gusebya Leta y’u Rwanda yigeze kuvugana na Museveni

Guhera ku wa 2 Gicurasi 2022 muri Uganda hacicikanye amakuru y’ifungwa ry’umukozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe itangazamakuru, UMC (Uganda Media Center), Obed Katureebe, ngo akekwaho gusebya abayobozi bakuru muri Leta y’u Rwanda, by’umwihariko Perezida Paul Kagame. Byavuzwe ko Katureebe mu masaha ya nyuma ya saa sita yakuwe mu rugo rwe ruri mu gace ka Kyanja mu […]

Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi basabye Inteko yo muri Australia kutakira umuhango wateguwe na bamwe mu Banyarwanda babayo

Imiryango y’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yasabye Inteko ishinga amategeko ya Leta ya Queensland yo Australia kutakira umuhango wateguwe n’umuryango w’Abanyarwanda yemeza ko uyihakana ukanayipfobya. Iyi miryango irimo IBUKA, GAERG na AVEGA Rwanda, yandikiye Perezida w’Inteko ya Queensland ko ihanganyikishijwe bikomeye n’umuhango iyi nteko iteganya kwakira tariki ya 7 Gicurasi 2022, wahawe izina rya […]

Prince Kid utegura Miss Rwanda akurikiranyweho ibyaha bitatu

Ishimwe DieudonnĂ© uzwi nka Prince Kid wari umaze icyumweru kirenga mu maboko y’urwego rw’ubugenzacyaha, RIB, dosiye ye yashyikirijwe ubushinjacyaha kuri uyu wa 4 Gicurasi 2022. Ishimwe usanzwe ari umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa rya Miss Rwanda, yatawe muri yombi tariki ya 25 Mata 2022, akurikiranweho gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina bamwe mu bakobwa […]

Perezida Ndayishimiye yagize umukinnyi Francine Niyonsaba Ambasaderi Udasanzwe

fara1-2.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yagize Umurundikazi ukina umukino wo kwiruka, Francine Niyonsaba uzwi nka Fara, Ambasade Udasanzwe w’igihugu ku Isi yose. Icyemezo kigira Fara Ambasaderi Udasanzwe cyashyizweho umukono ku wa 29 Mata 2022 na Perezida Ndayishimiye, Minisitiri w’Intebe Alain-Guillaume Bunyoni na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubufatanye mu iterambere Albert Shingiro, gisohoka kuri uyu […]

Igihe u Bwongereza bwari bwihaye cyo gutangira kohereza abimukira mu Rwanda cyahindutse

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko igihe yari yarihaye cyo gutangira kohereza abimukira mu Rwanda cyahindutse bitewe n’impamvu zitandukanye zirebana n’amategeko. Tariki ya 14 Mata 2022, iyi guverinoma yagiranye amasezerano y’imyaka itanu n’iy’u Rwanda, agamije kohereza abimukira bajyayo mu buryo budakurikije amategeko, bakoresheje ubwato. Guverinoma y’u Bwongereza yateganyaga ko igikorwa cyo kohereza icyiciro cya mbere cy’abimukira […]

Ingabire Immaculée yihanije uwashyize hanze amashusho amugaragaza anywa itabi

Umuyobozi w’umuryango Transparency International Rwanda urwanya ruswa n’akarengane, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, yihanije uwashyize ku rubuga nkoranyambaga amashusho amugaragaza anywa itabi. Aya mashusho y’amasegonda 30 yashyizwe ku rubuga rwa Twitter muri Nyakanga 2021. Amugaragaza ari mu nama yifashishaga ikoranabuhanga rya Zoom. Muri aya mashusho, Ingabire agaragara acanira isigara, hanyuma akaritumura nk’uko bisanzwe bigenda, ariko anatega amatwi […]

Ukraine: Abasirikare bamaze igihe bagotewe muri Mariupol banze kuva ku izima, n’ubwo intwaro n’ibiryo bibashirana

Abasirikare ba Ukraine bamaze igihe kinini bagotewe n’ingabo z’u Burusiya mu ruganda rwa Azovstal ruri mu gace ka Mariupol, bavuga ko intwaro, ibiryo n’amazi biri kubashirana ku buryo batangiye gutekereza ku buryo bashobora kubaho muri ibi bihe bibagoye. Nk’uko Komanda wungirije w’umutwe wa Azov, Svyatoslav Palamar yabitangarije CNN ku mugoroba wo ku wa 2 Gicurasi […]

Polisi yasubije Umunyamerikakazi igikapu yibwe kirimo iby’agaciro ka Frw arenga miliyoni

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yasubije Umunyamerikakazi Kristen Dodroe wigisha muri kaminuza ya UGHE iri mu karere ka Burera igikapu yibwe kirimo ibifite agaciro k’amafaranga 1.300.000. Nk’uko uru rwego rwabisobanuriye ku rubuga rwarwo, ubujura bw’iki gikapu bwebereye mu mudugudu wa Mariba, akagari ka Karambo mu murenge wa Kanama mu ijoro rya tariki […]

Umuryango wa Rusesabagina wakiriwe kuri White House

ruses-2.jpg

Umuryango wa Paul Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda kubera ibyaha by’iterabwoba yahamijwe, watangaje ko wakiriwe ku ngoro ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), The White House. Carine Kanimba uri mu bakobwa ba Rusesabagina kuri uyu wa 3 Gicurasi 2022 yashyize kuri Twitter amafoto atatu amugaragaza ari kumwe na AnaĂŻse Rusesabagina hamwe n’umubyeyi wabo, […]

Gen. Kainerugaba ntiyumva ukuntu Isi yita cyane kuri Ukraine, ikirengagiza Tigray

kai.jpg

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba ntiyumva ukuntu Isi yitaye cyane ku ntambara ibera muri Ukraine, ikirengagiza iyo mu ntara ya Tigray muri Ethiopia. Mu butumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 2 Gicurasi 2022, Gen. Kainerugaba yagize ati: “Isi yose iravuga kuri Ukraine […]

Museveni yavuze ko nibiba ngombwa EAC izohereza ingabo muri Mozambique

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko nibiba ngombwa umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) uzohereza ingabo muri Mozambique kugira ngo zirwanye ibikorwa by’iterabwoba. Ni nyuma y’aho abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango tariki ya 21 Mata 2022 bemeje ko uzohereza ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo kugira ngo zizajye kurwanya […]

Leta ya Mali yatesheje agaciro amasezerano y’igisirikare yagiranye n’u Bufaransa mu myaka 9 ishize

Leta y’inzibacyuho ya Mali kuri uyu wa 2 Gicurasi 2022 yatangaje ko yatesheje agaciro amasezerano y’ubufatanye mu by’igisirikare iya Ibrahim Boubacar Keita wahiritswe ku butegetsi yari yaragiranye n’u Bufaransa mu myaka 9 ishize. Nk’uko radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yabitangaje, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mali, Abdoulaye Diop, yemeje ko iyi Leta yatesheje agaciro aya masezerano ndetse […]

Musanze: Hamuritswe umushinga uzafasha mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iza Covid-19

musanze2.jpg

Mu karere ka Musanze tariki ya 29 Mata 2022 hamuritswe umushinga witwa Strengthening local women resilience to climate and covid-19 shocks through promotion of NTFPs’ Enterprises, ugamije gufasha abantu by’umwihariko abagore bari mu bikorwa bijyanye kubyaza umusaruro amahirwe y’undi mutungo kamere uboneka mu mashyamba bo mu mirenge ya Nyange na Kinigi bibumbiye mu matsinda n’amakoperative, […]

Dr Habineza yasabye ko abegukana Miss Rwanda bajya bakomeza kwitabwaho

Umunyapolitiki washinze ishyaka DGPR riharanira kubungabunga ibidukikije na demukarasi, Dr Habineza Frank, yasabiye abegukana irushanwa rya Miss Rwanda kujya bitabwaho na nyuma y’umwaka mu rwego kubarinda abo yise ‘ibirura’. Dr Habineza mu kiganiro The Choice Live, yatangaje yamenye ibibazo bimaze igihe bivugwa muri iri rushanwa nyuma y’aho uritegura, Ishimwe DieudonnĂ© uzwi nka Prince Kid atawe […]

Busingye yasanishije amagambo Rusesabagina yigeze kuvuga n’aya Mugesera na Kayibanda

Busingye Johnston uhagarariye u Rwanda mu bwami bw’u Bwongereza, yasanishije amagambo umufungwa Paul Rusesabagina yigeze kuvuga n’ay’abarimo LĂ©on Mugesera na GrĂ©goire Kayibanda wayoboye iki gihugu. Ubwo yifatanyaga n’Abanyarwanda n’inshuti kwibukira mu Bwongereza abazize jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 30 Mata 2022, Busingye yibukije abari bitabiriye iki gikorwa amwe mu magambo Rusesabagina yigeze gutangaza ubwo umutwe […]

Perezida Museveni yasabye abinubira ihenda n’ibura ry’imigati kurya imyumbati

museveni.jpg

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni, yasabye abinubira izamuka ry’ibiciro by’imigati n’ibura ryayo ko batangira kurya imyumbati. Uyu Mukuru w’Igihugu yabivugiye ku kibuga cya Kololo kuri uyu wa 1 Gicurasi 2022 ubwo we, abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo. Mu bibazo yakomojeho kuri uyu munsi, harimo intambara yo muri Ukraine yatumye ibicuruzwa […]

Museveni wavuze ibigwi Kagame, ifungwa ry’utegura Miss Rwanda n’ubutumwa kuri Elizabeth II mu nkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 25 Mata 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye by’umwihariko kuri politiki, imyidagaduro n’ubutabera. Harimo: Perezida Kagame muri Uganda, Museveni amuvuga ibigwi Ku wa 24 na 25 Mata 2022, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye uruzinduko muri Uganda, ahura na mugenzi we Yoweri Museveni, bagirana ibiganiro byihariye birebana n’umubano w’ibihugu […]

Perezida Kagame yahishuye icyaha abona Leta yakoze, na we yibaraho

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo yagezaga ijambo ku banyamuryango ba FPR Inkotanyi mu nama nkuru yabereye muri Kigali Arena kuri uyu wa 30 Mata 2022, yahishuye icyaha abona ko Leta yakoze, na we ubwe yibaraho. Umukuru w’Igihugu yavuze ko bidakwiye ko Abanyarwanda bicwa n’inzara, n’ubwo ibihugu bihana imbibi byahagarika ubuhahirane n’u Rwanda […]

Harmonize n’umunyarwenya Omondi bari bagiye gukubitirwa mu kabyiniro, barahunga

Umunyarwenya ukomeye muri Kenya, Eric Omondi hamwe n’umuhanzi Harmonize wo muri Tanzania barokotse inkoni z’abafana b’i Nairobi bari biteze ko babataramira. Umuyobozi w’akabyiniro ka Captain’s Lounge, Jor Barsil, yatangarije ikinyamakuru Citizen Digital ko binyuze ku kigo cya Melamani Ltd gihagarariwe na Omondi, Harmonize yari yishyuwe amashilingi ibihumbi 450 kugira ngo ataramire abakiriya mu gihe cy’isaha […]

Uko Paul Kagame yahawe izina rya ‘Afande PC’ n’impamvu yatumye arihindura

kabarebe-3.jpg

Umujyanama wihariye mu by’umutekano wa Perezida Paul Kagame uyoboye Repubulika y’u Rwanda, General James Kabarebe, yasobanuye uko Umukuru w’Igihugu yigeze guhabwa izina rya Afande PC n’impamvu yatumye arihindura. Muri Nyakanga 2017 ubwo u Rwanda rwizihaga imyaka 23 rumaze rubohowe n’ingabo za RPA zari zishamikiye ku ishyaka RPF Inkotanyi, Gen. Kabarebe yasobanuriye abanyeshuri yagezagaho ikiganiro ko […]

Perezida Macron yijeje Zelensky gukomeza guha Ukraine ibikoresho by’igisirikare

Perezida wa Repubulika y’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yijeje mugenzi we uyoboye Ukraine, Volodymyr Zelensky, ko igihugu cye kizakomeza kubaha ibikoresho by’igisirikare. Ni mu gihe ingabo za Ukraine zimaze amezi arenga abiri mu mirwano n’iz’u Burusiya zabashojeho intambara tariki ya 24 Gashyantare 2022. Perezida Macron kuri uyu wa 30 Mata 2022 yatangaje ko yavuganye na Zelensky […]