FC Barcelona yongeye gutera Chelsea gapapu, iyitwara Jules Koundé
Ikipe ya FC Barcelona yamaze kugera ku bwumvikane na Sevilla FC bw’uko igomba kugura myugariro Jules Koundé yari ihataniye na Chelsea yo mu Bwongereza. Umunyamakuru Gerard Romero uri mu bizewe cyane mu nkuru zerekeye Barça ni we wemeje ko amakipe yombi yamaze kumvikana. Ku bwa Romero, “Jules Koundé agomba kwerekeza muri FC Barcelona ku kigero […]
Babiri bakora muri Ecobank bafatiwe mu cyuho bakira ruswa y’arenga Frw miliyoni 4
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi babiri bakorera Banki ya Ecobank, nyuma yo kubafatira mu cyuho bakira ruswa y’angana na Frw miliyoni 4.5. Abatawe muri yombi barimo Niyonshuti Theogène ushinzwe ibikorwa byo kwakira ubwishyu bw’inguzanyo na Waswa Edward usanzwe ari umushoferi. Aba bombi ngo bari barabwiwe n’uwabahaye iriya ruswa ko bamufasha italiki ya cyamunara […]
Perezida Emmerson Mnangagwa arashinjwa gufata ku ngufu
Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe yatangiye kotswa igitutu, nyuma y’uko umwe mu bagore bo mu gihugu cye amushinje ku mugaragaro kumusambanya ku ngufu atarageza ku myaka y’ubukure. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo umugore witwa Susan Mutami yifashishije urubuga rwa Twitter, ashinja Mnangagwa kumusambanya ubwo yari akiri umwana. Mutami uri mu bagore bazwi muri […]
Alexandre Lacazette yakorewe ibya mfura mbi n’amavubi
Rutahizamu Alexandre Lacazette ashobora kutagaragara mu mukino wa Pre-season ikipe ye ya Olympique Lyonnais ifite ejo ku cyumweru, nyuma yo kudwingwa n’amavubi 10. Uyu Mufaransa wahoze akinira Arsenal yo mu Bwongereza na bagenzi be bari mu gihugu cy’u Buholandi, aho bagiye gutegurira umwaka utaha w’imikino. Kuri iki cyumweru Lyon igomba gukina na Feyenoord mu mukino […]
Minisitiri Sergey Lavrov w’u Burusiya ategerejwe muri Uganda na RDC
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, ategerejwe mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ambasade y’u Burusiya muri Uganda yatangaje ko Minisitiri Lavrov azagenderera iki gihugu hagati y’itariki ya 25 n’iya 26 Nyakanga. Usibye Uganda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya azanagenderera ibihugu bya Ethiopia, Misiri na Repubulika Iharanira […]
Museveni yahaye Mao utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe umwanya ukomeye muri Guverinoma
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagize Nobert Mao ukuriye ishyaka Democratic Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwe Minisitiri w’Ubutabera. Museveni yahaye Mao izi nshingano, nyuma y’umunsi umwe bombi basinyanye amasezerano y’ubufatanye. Ni amasezerano Museveni yasinye mu izina ry’ishyaka NRM abereye umuyobozi mukuru, na ho Mao ayasinya mu izina rya Democratic Party (DP) na we abereye […]
Perezida wa Somalia mu bitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC
Perezida Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, ari mu bakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iri kubera i Arusha muri Tanzania. Ni inama yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga, ikazasozwa ejo ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022. Abakuru b’ibihugu bayitabiriye barimo Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri Kaguta […]
Police FC yakoze impinduka mu buyobozi bwayo, yemeza Mashami nk’umutoza wayo mukuru
Ikipe ya Police FC yemeje umutoza Mashami Vincent wahoze atoza ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ nk’umutoza wayo mukuru. Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Amakuru avuga ko uyu mutoza wanyuze mu makipe ya APR FC na Bugesera yahawe amasezerano yo gutoza Police FC mu myaka ibiri iri imbere. Ni […]
Museveni yahishuye urwo yari aboneye muri CHOGM i Kigali
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahishuye ko yashoboraga kwandurira icyorezo cya COVID-19 i Kigali aho yari yitabiriye inama ya CHOGM, gusa arokorwa no kuba yari akingiye byuzuye. Mu kwezi gushize ni bwo Perezida Museveni yari i Kigali, aho yari yitabiriye inama ya CHOGM yahuzaga abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize umuryango wa Commonwealth. Amafoto […]
Haji Manara yahagaritswe imyaka 2 mu bikorwa by’Umupira w’amaguru
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryahanishije Haji Manara kumara imyaka ibiri adakandagira mu bikorwa by’umupira w’amaguru, azira gutuka umuyobozi waryo. Manara uri mu byamamare bikomeye muri Tanzania, asanzwe ari umuvugizi w’ikipe ya Young Africans. Ni inshingano yahawe n’iyi kipe yo muri Tanzania nyuma yo gutandukana na mukeba wayo Simba Sports Club na yo yari […]
Umunyarwanda yarasiwe muri USA arapfa
Umugabo witwa Kadage Byishimo wavuye mu Rwanda akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarashwe n’abataramenyekana apfa nyuma yo kugezwa kwa muganga. Amakuru avuga ko Kadage wari utuye muri Leta ya Kentucky yarasiwe iwe mu rugo aho yari kumwe n’abagize umuryango we, ubwo yari agiye kuryamisha umwana. Umuturanyi wa nyakwigendera witwa Mutabazi Etienne, yabwiye […]
RDC: Rurageretse hagati ya Kiliziya Gatolika na muramu wa Tshisekedi ishinja ubujura
Abahagarariye Kiliziya Gatolika i Kinshasa muri RDC barashinja muramu wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi kwiba ubutaka bwa Kiliziya, ibyo basobanura nk’ububandi bwa Leta. Kiliziya ivuga ko muri 2019 ari bwo hari itsinda ry’abantu binjiye muri ubu butaka busanzwe ari ubwa seminari yitiriwe Mutagatifu Yohani XXIII iherereye mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Kinshasa, bahita babwita ubwabo. Padiri […]
Ange Kagame n’umugabo we bibarutse ubuheta
Ange Kagame, umukobwa wa Perezida Paul Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana wabo wa kabiri. Perezida Kagame ni we wemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter abashimira. Ni ubutumwa bwari buherekeje ifoto y’imfura yabo kuri ubu ifite umwaka umwe w’amavuko acigatiye murumuna we.
Tanzania: Perezida Samia Suluhu yashyizeho Umuyobozi wa Polisi mushya
Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yazamuye mu ntera CP Camillus Wambura, amugira Umuyobozi Mukuru wa Polisi (IGP) ya Tanzania. Wambura yari asanzwe akuriye Urwego Rushinzwe Iperereza ku byaha muri Tanzania. Wambura was the Director of Criminal Investigation (DCI), akaba yasimbuye Simon Sirro wari umaze igihe ayoboye Polisi ya kiriya gihugu. Nk’uko byatangajwe na Zuhura […]
Manzi Thierry mu muryango ugaruka muri APR FC nk’umusimbura wa myugariro yirukanye
Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Manzi Thierry, biravugwa ko ari mu muryango ugaruka muri APR FC nk’umusimbura wa myugariro Nsabimana Aimable wamaze gusezererwa n’iyi kipe y’Ingabo z’igihugu. Ku munsi w’ejo ni bwo APR FC yatangaje ko itazakomezanya na Nsabimana Aimable wari umaze umwaka ayigarutsemo, nyuma yo kuva muri Police FC. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ntiyigeze itangaza […]
Perezida Tshisekedi yageneye ubutumwa bwihariye Samia Suluhu
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ejo ku wa kabiri yakiriye ubutumwa bwihariye bwa mugenzi we wa Congo Kinshasa, Félix Antoine Tshisekedi. Ni ubutumwa Perezida Samia yashyikirijwe na Prof. Serge Tshabangu Chamwino Ingoro, intumwa idasanzwe ya Perezida Tshisekedi yakiriye mu biro bye i Dodoma. Yaba Perezidansi ya Congo Kinshasa cyangwa iya Tanzania ntibigeze batangaza ibyari […]
Rayon Sports yasinyishije abandi bakinnyi babiri bashya
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yasinyishije abakinnyi babiri bashya bombi bakiniraga ikipe ya Heroes FC yo mu cyiciro cya kabiri. Barimo Ishimwe Patrick ukina usatira izamu cyo kimwe na mugenzi we Kanamugire Roger ukina hagati mu kibuga. Buri umwe muri bo yasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gukinira Rayon Sports. Aba bakinnyi binjiye […]
Rutahizamu wagenderwagaho na AS Kigali yerekanwe nk’umukinnyi wa Vipers
Ikipe ya Vipers FC yo mu gihugu cya Uganda, yamaze kwerekana umunya-Nigeria Abubakar Lawal wahoze akinira AS Kigali nk’umukinnyi wayo mushya. Lawal yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Vipers isanzwe itozwa n’umunya-Brésil Robertinho. Ni nyuma y’imyaka ibiri akinira AS Kigali. Iyi kipe y’Abanyamujyi mu mwaka ushize w’imikino yari yashoboye kuyitsindira ibitego umunani, anatanga imipira 10 […]
Rutahizamu uheruka gusinyira Borussia Dortmund yasanzwemo ‘Kanseri y’ubugabo’
Ikipe ya Borussia Dortmund yemeje ko rutahizamu Sebastian Haller iheruka gusinyisha yavuye mu myitozo yayo, nyuma yo gusanga arwaye ‘Kanseri y’ubugabo’. Haller w’imyaka 28 y’amavuko, ni umukinnyi wa Dortmund kuva muri uku kwezi kwa Nyakanga, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Ajax Amsterdam yo mu Buholandi. Iyi kipe yo mu Budage yamusinyishije nyuma yo kwitwara neza […]
Ibya Kagere na Simba SC byaba byarangiye
Amakuru aturuka mu gihugu cya Tanzania aravuga ko rutahizamu Meddie Kagere n’ikipe ya Simba Sports Club bamaze bageze ku bwumvikane bw’uko bagomba gutandukana. Kagere yari amaze imyaka itatu ari umukinnyi wa Simba nyuma yo kuyigeramo avuye muri Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya. Muri Tanzania hari hamaze igihe hari amakuru avuga ko abayobozi ba […]
RDC: Kabund yashinze ishyaka, yiyemeza kurwanya Tshisekedi bahoze ari inshuti magara
Jean-Marc Kabund wahoze ari Visi-Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yashinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Kabund yahoze ari inshuti magara na Perezida Tshisekedi, dore ko yanahoze ari umuyobozi w’ishyaka rye UDPS riri ku butegetsi. Yemeje ko yashinze ishyaka ‘Alliance pour le changement’ mu kiganiro yagiranye […]
Rurageretse hagati ya Perezida Ramaphosa n’abamurwanya bamuhaye amasaha 48 yo kuba yeguye
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yatangaje ko adashobora ‘guterwa ubwoba cyangwa ngo ashyirweho igitutu’ n’umuntu uwo ariwe wese, nyuma y’uko rimwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe rimuhaye amasaha 48 yo kuba yamaze kwegura. Perezida Ramaphosa w’imyaka 69 y’amavuko arashinjwa ibyaha bya ruswa, gusa anamaze igihe ari ku gitutu gikomeye kubera ibibazo bitandukanye byugarije […]
Perezida Kagame yashyizeho Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu yagize Dr Didas Kayihura Muganga Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda. Iyi Kaminuza nta muyobozi mukuru yari ifite kuva muri Gicurasi uyu mwaka, nyuma y’iyegura rya Prof. Alexandre Lyambabaje wari umaze amezi 14 ayibereye umuyobozi. Prof. Lyambabaje yeguye mu rwego rwo kugira ngo atangire ikiruhuko […]
Perezida wa Sena ya RDC yasabye MONUSCO guhambira ikava mu gihugu cye
Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Modeste Bahati Lukwebo, yasabye MONUSCO guhambira ikava ku butaka bw’igihugu cye ngo kuko mu myaka 22 ihamaze ntacyo yigeze ihamara. Yatanze ubu butumwa kuri uyu wa Gatanu ubwo yaganiraga n’abatuye i Goma ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Modeste Bahati yavuze ko MONUSCO igomba guhambira ikava […]
Abasirikare bakuru muri RDF barimo Gen Safari bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyakoze ku nshuro ya 10 umuhango wo gusezerera abasirikare bakuru bacyo bagejeje ku myaka ibemerera kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma yo gusoza amasezerano y’akazi. Umuhango wo gusezerera aba basirikare wabereye ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura, ejo ku wa Gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022, uyoborwa na Minisitiri w’Ingabo Maj. […]
Ibya Robert Lewandowski muri FC Barcelona byarangiye
Ikipe ya Bayern Münich yamaze kumvikana na FC Barcelona ko igomba kuyigurisha umunya-Pologne Robert Lewandowski. Fabrizio Romano yemeje ko amakipe yombi yageze ku bwumvikane ku munsi w’ejo. Bayern Munich yemeye kurekura Lewandowski nyuma yo guhabwa na Barça miliyoni 50 z’ama-Euro. Iyi kipe yo mu Budage yari yabanje kwanga ubusabe butandukanye bwa Barça, burimo ubwa miliyoni […]
Urukiko rwategetse ko abakozi ba FERWAFA bari bafunzwe barekurwa
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu, rwategetse ko abakozi ba FERWAFA bari bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa barekurwa bagakurikiranwa badafunze. Aba ni Nzeyimana Félix wahoze ashinzwe amarushanwa n’umusifuzi witwaTuyisenge Javan. Bombi bari bamaze igihe bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha bitatu bifitanye isano ruswa. FERWAFA ni yo yari yarabaregeye RIB kubera uruhare bakekwagaho mu […]
Minisitiri Sophie Wilmès wakunze kutajya imbizi n’u Rwanda yeguye
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi akanaba Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu, Sophie Wilmès, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye mu rwego rwo kwita ku mugabo we urwaye. Euro News yatangaje ko ejo ku wa Kane ni bwo uyu mugore wakunze kutajya imbizi n’u Rwanda yatangaje ko yeguye, mu rwego rwo kujya kwita kuri Christopher Stone […]
Museveni yibiye akabanga Tshisekedi wamwitabaje ku kibazo cya M23
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yagiriye inama mugenzi we Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa ko kuganira n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwe ari byo byatanga igisubizo ku bibazo impande zombi zifitanye. Ku wa Kane tariki ya 14 Nyakanga Perezida Museveni ku biro bye i Entebbe, yahakiriye intumwa za Perezida Tshisekedi wamwoherereje ubutumwa bwihariye amusaba […]
Col Doumbouya yakoreye agashya abaminisitiri be ubwo bari bateraniye mu nama (Amafoto)

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamadi Doumbouya, yatunguye abaminisitiri bagize Guverinoma y’igihugu cye ubwo bari bateraniye mu nama abohereza gusukura umujyi wa Conakry. Byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Nyakanga ubwo Perezida Doumbouya yari ayoboye inama y’Abaminisitiri. Umujyi wa Conakry usanzwe ari umwe mu mijyi ya Afurika ikunze kurangwamo imyanda myinshi ku mihanda […]
MINICOM yahagaritse Betting ku makipe yo mu Rwanda
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda (MINICOM), yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo ibikorwa by’imikino y’amahirwe (Betting) ku makipe yo mu Rwanda. MINICOM yatangaje ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kubiganiraho na Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS). Itangazo ryasohowe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béata, rivuga ko “gutanga serivisi za Betting byahagaritswe” ndetse icyo cyemezo kigahita gishyirwa mu bikorwa […]
Icyo Clarisse Karasira avuga ku wavuze ko yajyaga ajya ‘gusambana’ muri ghetto i Byumba
Umuhanzi Karasira Clarisse yagize icyo avuga ku wamushinje kuba yarajyaga gusura umuhungu muri Ghetto bakaryamana, avuga ko ari ukumusebya kubera ishyari. Kuva ejo ku wa Gatatu izina Clarisse Karasira riri kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’ubutumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Ni ubutumwa yanditse agaragaza ko kuba kuba yaranze kwiyandarika mu bukumi bwe […]
MONUSCO yeruye, yemeza ko yo na FARDC badafite ubushobozi bwo guhangana na M23
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwatangaje ko bwo na FARDC badafite ubushobozi bwo guhangana n’umutwe wa M23. Byatangajwe n’Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, mu kiganiro n’abanyamakuru n’ibitangazamakuru bikorera i Kinshasa. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’ukwezi inyeshyamba z’umutwe wa M23 zigaruriye Umujyi wa Bunagana ndetse n’ibindi bice bitandukanye […]
Sir Ian Wood abona ubutaka n’ikirere bya Nyaruguru ari umugisha ku bahinzi b’icyayi

Umuyobozi mukuru wa Wood Foundation, Umunya-Ecosse, Sir Ian Wood, washoye imari mu buhinzi bw’icyayi ku misozi y’akarere ka Nyaruguru, avuga ko imiterere y’ikirere, iy’ubutaka n’iy’imisozi yaho, ibereye cyane ubuhinzi bw’icyayi ku buryo asanga ari umugisha abahinzi b’icyayi biherewe n’Imana. Ibyo Sir Ian Wood yabivuze kuri uyu wa 13 Nyakanga 2022 ubwo we na Minisitiri w’Ubuhinzi […]
Kwizera Olivier na Mackenzie mu bakinnyi 6 batandukanye na Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’abakinnyi batandatu, barimo umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier. Iyi kipe yemeje aya makuru ibinyujije kuri chaîne yayo ya YouTube. Abakinnyi Rayon Sports yamaze gusezerera barimo Kwizera Olivier, rutahizamu uca ku mpande Ishimwe Kevin na myugariro Habimana Hussein ‘Eto’o’. Aba kandi barimo myugariro w’iburyo Nizigiyimana AbdulKalim MacKenzie, Bukuru Christophe […]
Bidasubirwaho Raheem Sterling ni umukinnyi wa Chelsea
Ikipe ya Chelsea yamaze gusinyisha rutahizamu Raheem Sterling wakiniraga Manchester City, aba umukinnyi wa mbere isinyishije kuva iguzwe na Todd Boehly. Sterling w’imyaka 27 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira Chelsea, bikavugwa ko yatanzweho abarirwa muri miliyoni 50 z’ama-Pounds. Chelsea yemeje ko yamusinyishije ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Iti: “Umu-star w’Umwongereza Raheem Sterling yerekeje […]
Kiyovu Sports yaburijemo umugambi wa Rayon Sports wo kwisubiza Kimenyi
Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kongerera amasezerano umunyezamu Kimenyi Yves usanzwe ari Kapiteni wayo. Kimenyi amakuru avuga ko yongereye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Urucaca. Kimenyi wari ku musozo y’amasezerano ye Rayon Sports byavugwaga ko yifuza kumwisubiza, nyuma yo gutandukana na yo mu myaka ibiri ishize. Rayon Sports yifuzaga kumusimbuza umunyezamu Kwizera Olivier Kugeza ubu […]
RDC: Umuhungu wa Maréchal Mobutu yatorewe umwanya ukomeye
Malo Mobutu usanzwe ari umuhungu wa Maréchal Mobutu Sese Seko wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatorewe kuba Guverineri w’Intara ya Ubangi y’Amajyaruguru. Malo asanzwe ari bucura bw’umunyagitugu Mobutu wategetse RDC imyaka irenga 30, mbere yo guhirikwa ku butegetsi na Laurent-Désiré Kabila mu 1997. Ejo ku wa Kabiri ni bwo yatowe ku […]
Rubavu: Uwatumye umutetsi guhagararira akarere mu gikorwa cyo kwibuka arashinja Gitifu kumugambanira
Nyiraneza Esperance wahoze ashinzwe uburezi mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu, arashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo, Murenzi Augustin kumugambanira bigatuma ahagarikwa ku kazi. Ku wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga ni bwo Nyiraneza yahagaritswe ku kazi n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu azira kohereza umutetsi mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi nk’umushyitsi mukuru wari uhagarariye akarere. […]
Burundi: Umugabo n’umugore b’Abanyarwanda bafungiye i Bujumbura
Abanyarwanda babiri barimo umugabo n’umugore, bafungiye i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bagerageza kujya ku mugabane w’u Burayi bakoresheje ibyangombwa bitari ibyabo. Abafunzwe nk’uko amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi abivuga ni Nkunzurwanda Salama usanzwe aba i Kigali, n’umugabo witwa Gakwaya Ernest usanzwe aba muri Sénégal. Ku wa 03 Nyakanga ni bwo […]
Rubavu: Akarere kasabye RIB gukurikirana umukozi wako wohereje umutetsi mu gikorwa cyo kwibuka
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, bwatangaje ko bwamaze gusaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukurikirana umukozi wako ushinzwe uburezi mu murenge wa Rugerero wohereje umutetsi guhagararira uyu murenge mu gikorwa cyo kwibuka. Tariki ya 03 Kamena ni bwo mu kigo cy’amashuri cya Nkama giherereye mu murenge wa Rugerero habereye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya […]
Abasirikare barenga 7,200 ba Ukraine baburiwe irengero
Abasirikare babarirwa mu 7,200 ba Ukraine ni bo bamaze kuvurirwa irengero kuva iki gihugu cyisanze mu ntambara n’u Burusiya, nk’uko byatangajwe n’Umuvunyi mukuru w’iki gihugu, Oleh Kotenko. Yavuze ko abenshi muri aba basirikare bari mu maboko y’Ingabo z’u Burusiya, nk’uko yabitangarije Televiziyo yitwa Suspilne TV. Umuvunyi mukuru muri Ukraine yavuze ko ku ikubitiro Igisirikare cya […]
Umutoza wanditse amateka akomeye muri Simba SC mu muryango winjira muri Kiyovu Sports
Umubiligi Patrick Aussems watoje ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, ni we byitezwe ko agirwa umutoza mukuru wa Kiyovu Sports. Kiyovu Sports kuri ubu nta mutoza ifite nyuma yo gutandukana na Haringingo Francis Christian wamaze kwerekeza muri Rayon Sports. Cyakora cyo uyu mutoza w’Umurundi byitezwe ko asimburwa na Aussems wanditse amateka […]
RDC-Rwanda: Abanyabugeni basabwe kwifashisha impano yabo mu kwimakaza amahoro
Abanyabukorikori, ababyinnyi, abaririmbyi n’abakinnyi b’ikinamico bo mu bihugu by’u Rwanda na RDC; basabwe gukoresha ibihangano byabo mu kwimakaza amahoro no kubana neza hagati y’abaturage bo mu karere k’ibiyaga bigari. Ibi babitangarije mu mujyi wa Goma mu imurikabikorwa ry’ibikorwa by’ubugeni bwibanda mu kwimakaza umuco w’amahoro no kubana neza hagati y’ibihugu bigize aka karere. Ku ruhande rwabo […]
Rubavu: Umukwikwi [umutetsi] yahagarariye akarere mu gikorwa cyo kwibuka, biteza ihungabana
Mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu haravugwa inkuru y’umukwikwi [umutetsi] wahagarariye akarere mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bituma bamwe mu barokotse bagira ikibazo cy’ihungabana. Tariki ya 03 Kamena ni bwo mu kigo cy’amashuri cya Nkama giherereye mu murenge wa Rugerero yabereye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya 28. Mu […]
AS Kigali yapapuye Rayon Sports wa rutahizamu ukinira Caméroun
Ikipe ya AS Kigali yamaze gusinyisha rutahizamu Man Yakre Dangmo usanzwe ukinira ikipe y’Igihugu ya Caméroun imupapuye Rayon Sports. Man Yakre Dangmo yasinye imyaka ibiri yo gukinira iyi kipe y’Abanyamujyi. Iyi kipe y’umutoza Cassa Mbungo André yamusinyishije nk’umusimbura w’umunya-Nigeria Aboubacar Lawal wamaze kwerekeza muri Vipers yo muri Uganda. AS Kigali yasinyishije Dangmo imupapuye Rayon Sports […]
Lionel Messi na Kylian Mbappé mu ntambara
Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bufaransa aravuga ko umwuka utifashe neza hagati ya Lionel Messi na Kylian Mbappé bombi bakinira PSG, kubera Neymar. Mu minsi ishize ubwo Mbappé yongereye amasezerano muri PSG, ahabwa ububasha ku byerekeye abakinnyi iyi kipe y’i Paris igomba kujya isinyisha n’abo igomba kurekura. The Daily Star yatangaje ko Mbappé yifuza ko […]
Uwarashe Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yasobanuye icyatumuteye kumwivugana
Umugabo warashe Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani bikamuviramo urupfu, yasobanuye ko yabikoze abitewe no kuba yaratekerezaga ko hari umuryango ukora ibibi yabarizwagamo. Abe yarasiwe mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo ya NHK yatangaje ko urupfu rwa Shinzo “yapfiriye mu bitaro byo mu mujyi wa Kashihara ho mu karere […]
Ibya Kagere muri APR FC bikomeje kugorana
Ikipe ya APR FC bivugwa ko yifuza gusinyisha rutahizamu Meddie Kagere usanzwe akinira Simba Sports Club yo muri Tanzania, gusa amakuru avuga ko uyu mukinnyi ari kubigenza gake. APR FC bivugwa ko yamaze gusinyisha abarimo Niyigena Clément wakiniraga Rayon Sports, Uwiduhaye Abouba wakiniraga Police FC, Ndikumana Fabio wakiniraga Musanze FC, Ishimwe Christian na Niyibizi Ramadhan […]
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Amerika yavuze ko hari Ingabo za RDF ziri muri RDC
Perezida Paul Kagame yatangaje ko yatunguwe cyane na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziheruka kuvuga ko hari Ingabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa RDC, nyamara zarahisemo kuruca zikarumira ku bibazo bibangamira umutekano w’u Rwanda. Mu kwezi gushize ni bwo Ambasade ya Amerika i Kinshasa yemeje ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye ku butaka bwa […]
Sadio Mané yahishuye uko yemeye gusinya ‘amasezerano yo gupfa’ yitangira Sénégal
Rutahizamu Sadio Mané yahishuye ko mbere y’uko ikipe y’igihugu cye cya Sénégal itwara igikombe cya Afurika cy’ibihugu muri uyu mwaka, yemeye gusinya amasezerano yo gupfa kugira ngo ayikinire. Sénégal yageze muri ¼ cy’irangiza Mané afite ikibazo mu mutwe, nyuma yo kugirira ikibazo mu mukino iyi kipe yaherukaga guhuriramo na Cap-Vert. Sadio Mané we yifuzaga gukinira […]
Igisubizo cya Perezida Kagame kuri Tshisekedi wavuze ko u Rwanda na RDC bishobora kwisanga mu ntambara
Perezida Paul Kagame yasubije mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi aherutse gutangaza ko bishoboka igihugu cye cya RDC gishobora kwisanga mu ntambara n’u Rwanda, avuga ko abona bitapfa gushoboka ko ibihugu byombi birwana. Hari mu kiganiro cyihariye Umukuru w’Igihugu aheruka kugirana n’umunyamakuru Marc Perelman wa Televiziyo ya France 24. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’iminsi mike Perezida […]
Umukinnyi ukinira ikipe y’Igihugu y’u Burundi yabaye uwa 9 Rayon Sports isinyishije
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha Umurundi Mbirizi Eric usanzwe ukinira ikipe y’Igihugu cye, Intamba mu Rugamba. Mbirizi wakiniraga ikipe ya Le Messager de Ngozi; asanzwe akina mu kibuga hagati nk’umukaseri (numéro gatandatu). Rayon Sports yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri. Amakuru avuga ko iyi kipe yamutanzeho miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba umwe mu bakinnyi bane […]
Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola yapfuye
José Eduardo dos Santos wahoze ari Perezida wa Angola, yapfuye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi mike arembye. Uyu mukambwe w’imyaka 79 y’amavuko yaguye mu bitaro by’i Barcelone muri Espagne. Urupfu rwe rwemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Facebook. Perezidansi ya Angola yavuze ko yaguye mu bitaro bya Teknon Clinic […]
U Rwanda rwamaganye RDC iri gukwiza ibihuha by’uko rwasinye amasezerano ahagarika imirwano ya M23
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yanyomoje Congo Kinshasa ikomeje gutangaza ko i Luanda muri Angola hasinyiwe amasezerano asaba M23 guhagarika imirwano na FARDC; avuga ko atari byo. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa RDC bahuriye i Luanda muri Angola, mu nama yigaga ku kibazo […]
Shinzo Abe yapfuye nyuma yo kurasirwa mu ruhame
Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yapfuye, nyuma yo kurasirwa mu ruhame kuri uyu wa Gatanu. Abe yarasiwe mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo y’igihuhu (NHK) mu kanya kashize ni yo yatangaje ko yapfuye. NHK yatangaje ko urupfu rwa Shinzo rwemejwe n’umwe mu bayobozi b’ishyaka Liberal Democratic Party wavuze […]
Sepp Blatter wahoze ayobora FIFA na Michel Platini wayoboraga UEFA bagizwe abere
Urukiko rwo mu gihugu cy’u Busuwisi kuri uyu wa Gatanu rwagize abere Umusuwisi Sepp Blatter n’Umufaransa Michel Platini, nyuma y’igihe bakurikiranweho ibyaha bya ruswa. Blatter yahoze ari Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), mu gihe Platini yahoze ayobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UEFA). Ubushinjacyaha bw’u Busuwisi bwari bubakurikiranyeho ibyaha by’uburiganya mu […]
Shinzo Abe ararembye nyuma yo kuraswa mu gituza
Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, ararembye nyuma yo kurasirwa mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo ya NHK yatangaje ko akimara kuraswa yahise agira ikibazo cyo guhagarara umutima; gusa kuri ubu bikaba bigoranye cyane kumenya uko amerewe. Umujyi wa Nara Shinzo Abe yarasiwemo uherereye mu Burengerazuba bw’u Buyapani. Uyu […]
Blaise Compaoré yasubiye i Ouagadougou nyuma y’imyaka 8 ari mu buhungiro
Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise Compaoré, yamaze gusubira mu gihugu cye nyuma y’imyaka umunani ari mu buhungiro. Muri 2014 ni bwo Compaoré yari yarahungiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, nyuma yo kweguzwa n’imyigaragambyo y’abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ni bwo indege imutwaye yamugejeje ku kibuga cy’indege cya gisirikare i Ouagadougou; […]
Rayon Sports imaze gusinyisha abakinnyi 7 yamaze kumvikana n’umukinnyi wakiniye Caméroun
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’umunya-Caméroun Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo wigeze gukinira ikipe y’Igihugu cye. Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo, yari asanzwe akina hagati mu kibuga mu kipe ya Colombe Sportive du Dja et Lobo y’iwabo. Bivugwa ko Rayon Sports izamutangaho Frw miliyoni 10, agasinya amasezerano y’umwaka umwe. Man-Ykree Dangmo Ngnowa Hapmo w’imyaka 25 y’amavuko, […]