Tour du Rwanda yagombaga kuba mu kwezi gutaha ntikibaye

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (Ferwacy), bwatangaje ko Tour du Rwanda ya 2021 yari iteganyijwe mu kwezi gutaha itakibaye. Umuyobozi wa Ferwacy, Murenzi Abdallah mu itangazo yasohoye, yavuze ko kubera ubwiyongere bw’icyorezo cya Coronavirus, iri siganwa ryimuriwe mu ntangiriro za Gicurasi. Tour du Rwanda ya 2021 yari iteganyijwe kubera mu Rwanda […]
Bruno Fernandes yanditse amateka akomeye muri Shampiyona y’Abongereza
Umunya-Portugal Bruno Fernandes ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi k’Ukuboza, yandika amateka muri iriya shampiyona. Bruno Fernandes yegukanaga kiriya gihembo ku ncuro ya kane, aba umukinnyi wa mbere mu mateka ya Premier league ugitwaye ziriya ncuro mu mwaka umwe w’imikino. Uyu musore yabereye Manchester United inkingi ya mwamba kuva yayigeramo mu […]
CHAN: Jacques Tuyisenge muri batanu bazaba bahanzwe amaso
Kapiteni w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ya CHAN, Jacques Tuyisenge, yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi batanu bazaba bahanzwe amaso muri CHAN ya 2020 igiye kubera muri Caméroun. Ni urutonde rwakozwe na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), mbere y’umunsi umwe ngo CHAN itangire. Abaruriho: 1. Djigui Diarra Uyu munyezamu w’imyaka 25, agiye gukina iri rushanwa ku nshuro ye ya gatanu […]
Live: Perezida Museveni ari gusatira intsinzi

Mu gihe Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Uganda imaze kubarura hafi 65% by’amajwi yose y’abatoye, Perezida Yoweri Kaguta Museveni akomeje gusatira intsinzi izamwemerera kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu yikurikiranya. 21:00: Museveni akomeje gukoza imitwe y’intoki ku ntsinzi Amajwi y’agateganyo aheruka gutangazwa na Komisiyo y’Amatora arerekana ko Museveni akiyoboye n’amajwi 62.23%, Robert Kyagulanyi akamugwa mu ntege […]
Kipson Atuheire wakiniye APR FC n’Amavubi yasinyiye ikipe yo muri Uganda
Rutahizamu w’Umunyarwanda Kipson Atuheire, yamaze gusinyira ikipe ya Wakiso Giants ibarizwa mu kiciro cya mbere muri Uganda. Amakuru avuga ko Kipson yasinyiye iriya kipe ku wa mbere w’iki cyumweru, nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Gokulam Kerala yo mu Buhinde yari yagezemo muri Gashyantare uyu mwaka. Byari nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Nagaworld FC yo muri […]
Centrafrique: Umujyi wa Bangui mu gihirahiro nyuma y’igitero cyahitanye umusirikare w’u Rwanda
Ubuzima burasa n’ubwahagaze i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique, nyuma y’igitero inyeshyamba za CPC zagabye mu ntanzi zawo kikagwamo umusirikare w’u Rwanda. Jeune Afrique iravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kane ibikorwa byakomeje i Bangui, gusa icyoba ari cyose mu bahakorera. Iki gitangazamakuru gikomeza kivuga ko ingendo mu muhanda zari […]
Bazaze mbambike ingwe n’imondo bagangahuke_Rutangarwamaboko abwira Amavubi
Muganga Nzayisenga Modeste uzwi mu muco no mu buvuzi gakondo nka Rutangarwamaboko, yasabye ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ kuzamugana akayambika uruhu rw’ingwe n’imondo, kugira ngo abashe kungangahuka. Amavubi umupfumu Rutangarwamaboko yiyemeje kuzagangahura, yahagurutse i Kigali ku wa Gatatu yerekeza i Douala muri Caméroun, aho yitabiriye irushanwa rya CHAN 2021. Amavubi yaserutse muri Caméroun yambaye umwambaro wa Made […]
Yanga iyobowe na Haruna yatsinze Simba ya Kagere iyitwara Mapinduzi Cup (Amafoto)

Ikipe ya Yanga Africans yaraye yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Mapinduzi Cup, nyuma yo gutsinda Simba Sports Club bari bahuriye ku mukino wa nyuma kuri penaliti 4-3. Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye rwabuze gica hagati y’amakipe yombi, dore ko yanganyaga 0-0. Abanyarwanda; Meddie Kagere na Haruna Niyonzima bari babanje mu kibuga yemwe bose […]
CHAN: Sadate yemereye Amavubi akayabo mu gihe yaba atsinze Uganda
Munyakazi Sadate wahoze ayobora Ikipe ya Rayon Sports, yemereye agahimbazamusyi kangana na $100 buri mukinnyi w’Amavubi, mu gihe iyi kipe yaba ishoboye gukura amanota atatu ku Misambi ya Uganda. Sadate yemeje intego yahaye abasore b’Amavubi mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Nta kinini navuga ku basore bacu, gusa uko bizagenda kose turabashyigikiye […]
Padiri Hermenégilde wigeze kuyobora Christ-Roi y’i Nyanza yishwe na COVID-19

Padiri Twagirumukiza Herménégilde wigeze kuyobora ishuri rya Koleji Kristu Umwami y’i Nyanza (Christ-Roi), yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Mutarama azize icyorezo cya COVID-19. Urupfu rwa Padiri Twagirumukiza rwemejwe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, Filipo Rukamba, mu itangazo yasohoye mu kanya kashize. Itangazo rivuga ko “Nyiricyubahiro Musenyeri Philippe Rukamba, Umwepisikopi wa […]
Umubiri ku wundi! Ifoto ya Miss Pamela na The Ben yatumye abenshi bacika ururondogoro
Abakoresha imbuga nkoranyambaga bacitse ururondogoro, nyuma y’ifoto igaragaza Miss Uwicyeza Pamela yahobeye umuhanzi The Ben bamaze igihe bavugwa mu rukundo. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 12 Mutarama ni bwo Miss Uwicyeza yasangije iyo foto abakurikira ku rubuga rwa Instagram. Miss Pamela na The Ben bagaragara bahoberanye, ariko imibiri yabo yegeranye cyane ku […]
Uganda: Bobi Wine yambuwe abarindaga iwe bose mbere y’umunsi umwe ngo habe amatora
Umukandida Perezida mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine, yavuze ko company yacungiraga umutekano urugo rwe yamwatse abarinzi, atunga agatoki Leta ya Uganda kuba inyuma y’uriya mugambi. Bobi Wine udasiba gushyira ibirego bitandukanye ku butegetsi bwa Uganda, yavuze ko company yari imaze imyaka 12 icunga umutekano mu rugo iwe […]
Amavubi mu mwambaro wa Made in Rwanda aserukana muri Caméroun (Amafoto)

Ikipe y’igihugu Amavubi ya CHAN, yamaze kwitegura urugendo rwerekeza i Douala muri Caméroun aho yitabiriye CHAN ya 2021 izabera muri kiriya gihugu. Ni irushanwa riteganyijwe gutangira ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama. Mbere y’uko abakinnyi b’Amavubi bahaguruka kuri Hoteli ya La Parisse i Nyamata aho bari bamaze igihe bari mu mwiherero, bafashe amafoto y’urwibutso […]
Minisitiri Munyangaju yasabye Amavubi gutungurana agatwara CHAN 2021

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yasuye ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yitegura kwitabira CHAN ya 2021 iteganyijwe kubera muri Caméroun, asaba abakinnyi gutungurana bagatahukana intsinzi. Minisitiri Munyangaju yasuye Amavubi kuri Hoteli La Parisse i Nyamata aho amaze igihe mu mwiherero, aherekejwe n’abarimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Maboko Shema Didier cyo kimwe na Mutabazi Richard […]
Uburanga bwa Lydia Tafesse, umugore wa mbere ugiye gusifura irushanwa rya CAF mu bagabo (Amafoto)

Umunya-Ethiopiakazi Lydia Tafesse, yatoranyijwe mu basifuzi 47 bazasifura Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN), aba umugore wa mbere ugiye kuyobora umukino w’irushanwa ry’abagabo ritegurwa na CAF. CHAN ya 2021 iteganyijwe kubera muri Caméroun hagati y’itariki ya 16 Mutarama n’iya 7 Gashyantare, Amavubi y’u Rwanda akaba ari mu makipe y’ibihugu azitabira ririya rushanwa. […]
Nyaruguru: Umugabo yiyahuye nyuma y’ibyumweru bibiri arongoye
Ndayambaje Jean Claude w’imyaka 27 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Mpanda, Akagari ka Mpanda, Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira uwa 11 Mutarama 2021 yapfuye yiyahuye, nyuma y’ibyumweru bibiri arongoye (ateruye). Nk’uko umugore wa Ndayambaje, Uwambajimana Maria abivuga, mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira uwa […]
Meddy mu bari mu rukundo n’indirimbo nshya ‘This is love’ ya The Ben_videwo
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi mu muziki Nyarwanda nka Meddy, yagaragaje ko ari mu bakunze cyane indirimbo nshya ‘This is love’ mukeba we Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben aheruka gushyira ahagaragara. Kuvuga ko Meddy na The Ben ari abakeba ntibisobanuye ko hari urwango ruri hagati y’aba basore bombi (dore ko basanzwe ari incuti magara), […]
Umuvandimwe w’umunyamakuru Kamanzi yishwe atemwe, umubyeyi we arakomeretswa
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi uwitwa Semana Emmanuel wo mu karere ka Rwamagana, ukurikiranweho icyaha cyo gukomeretsa bikomeye Rumanzi Egide bikamuviramo urupfu. RIB iravuga ko Semana wanakomerekeje umubyeyi wa Nyakwigendera witwa Mukakalisa Annonciata afungiye kuri Sitasiyo ya Kigabiro, mu gihe hagikomeje iperereza. Nyakwigendera Rumanzi Egide ni umuvandimwe wa Kamanzi Venuste wahoze ari umunyamakuru […]
Uganda: Igisirikare cyateye kwa Bobi Wine, gita muri yombi abarinzi bose b’urugo rwe
Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine uri mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, yatangaje ko abasirikare ba kiriya gihigu bateye iwe mu rugo muri iki gitondo, bata muri yombi abaharinda bose. Bobi Wine yatangaje ko abarinda iwe batawe muri yombi n’abasirikare, mu gihe habura iminsi ibiri yonyine ngo muri Uganda habe amatora akomatanyije […]
Mapinduzi Cup: Kagere yafashije Simba gusezerera Namungo, isanga Yanga ya Haruna ku mukino wa nyuma
Ikipe ya Simba Sports Club ibifashijwemo n’Umunyarwanda Medie Kagere, yasezereye Namungo FC itozwa n’Umunyarwanda Hakizimana Thierry; isanga Yanga Africans ya Haruna Niyonzima ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup. Iyi Yanga Africans muri 1/2 cy’irangiza yasezereye Azam FC kuri penaliti 5-4, nyuma y’uko mu minota isanzwe y’umukino amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Obrey Chirwa […]
Ubufaransa: Umukinnyi ukomoka muri Congo yapfiriye mu kibuga
Umufaransa ufite inkomoko muri Congo-Brazzavile, Christopher Maboulou wakiniye amakipe atandukanye yiganjemo ayo mu gihugu cy’Ubufaransa, yitabye Imana ejo ku Cyumweru aguye mu kibuga. Ibinyamakuru byo mu Bufaransa byavuze ko uyu mukinnyi wakinaga hagati mu kibuga yazize indwara y’umutima. Ikipe ya Bastia Maboulou yakiniye yemeje amakuru y’urupfu rwe mu butumwa yanditse kuri Twitter yayo. Christopher Maboulou […]
REB ni rwo rwego rukora nabi mu gihugu kurusha izindi nzego za leta_Ingabire M. Immaculée
Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, yanenze cyane Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), agaragaza ko kiza ku isonga mu gihugu mu gutanga serivisi mbi. Madamu Ingabire yabigarutseho, nyuma y’abenshi mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter bakomeje kunenga REB bayishinja kubakumira kuri urwo rubuga (block). Abo REB yabrotse kuri Twitter biganjemo abakundaga […]
Uganda: Umusirikare yishe abantu bane barimo abashinzwe umutekano, na we araraswa
Inzego zishinzwe umutekano muri Uganda, ziri gukora iperereza ku bwicanyi buvugwamo umusirikare wa kiriya gihugu warashe aba LDU babiri (Local Defense Unit), umupolisi umwe ndetse n’umuturage; na we bikarangira arashwe. Byabereye ahitwa Ganda ho muri Komini ya Nansana mu karere ka Wakiso. Umuvugizi Wungirije w’igisirikare cya Uganda, Col Deo Akiiki, yavuze ko uriya musirikare witwa […]
Mashami ahangayikishijwe n’abakinnyi b’Amavubi badafite imbaraga zihagije
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yatangaje ko hari abakinnyi bafite imbaraga zidahagije (fitness), mu gihe habura iminsi mike ngo iriya kipe yitabire CHAN izabera muri Caméroun. Mbere yo kwerekeza muri Cameroun mu irushanwa rya CHAN, ikipe y’igihugu Amavubi yakinnye imikino ibiri na Congo Brazzaville yabatsinzemo umukino umwe undi bakawunganya 2-2. Nyuma y’umukino wa kabiri […]
Igihugu cya mbere cya Afurika cyatangiye gukingira abaturage bacyo COVID-19
Nyuma y’igihe gito ibihugu bitandukanye bitangiye gukingira abaturage babyo icyorezo cya COVID-19, igihugu cya Seychelles ku cyumweru cyatangiye gutanga inkingo ku baturage bacyo, kiba icya mbere muri Afurika kibigezeho. Minisitiri w’Ubuzima muri kiriya gihugu, Peggy Vidot, ni we wari watangaje ko igikorwa cyo gutanga inkingo gitangira ku cyumweru, hanyuma ku ikubitiro hagatangira gukingirwa abayobozi bakuru […]
Abagabo batatu b’i Kigali bishwe na COVID-19 kuri uyu wa Gatandatu
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu abagabo batatu bishwe na COVID-19 mu Rwanda, hanaboneka abantu 93 bashya banduye iki cyorezo. Batatu bahitanwe na COVID-19 barimo umugabo w’imyaka 74, uwa 65 n’uwa 50 bose bo mu mujyi wa Kigali, bituma umubare w’abamaze guhutanwa na kiriya cyorezo ugera ku bantu 118. Mu barwayi 93 babonetse […]
Sven Vandenbroeck uheruka gusezera Simba SC yabonye akazi gashya
Umubiligi Sven Vandenbroeck uheruka gusezera ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yari abereye umutoza mukuru, yagizwe umutoza wa ASFAR Rabat yo muri Maroc. Ku mugoroba wo ku wa Kane nibwo uriya mutoza yatandukanye na Simba, nyuma y’umunsi umwe ayifashije kugera mu matsinda ya CAF Champions league. Vandenbroeck yari yageze muri Simba mu ntangiriro […]
Dore uburanga bw’umusore ugiye kurongora Clarisse Karasira (Amafoto)

Umuhanzi Karasira Marie Clarisse uri mu bakobwa bafite igikundiro kinshi mu muziki nyarwanda, yatangaje ko yambitswe impeta n’umusore wamusabye ko bazabana nk’umugabo n’umugore. Karasira ku rubuga rwe rwa Instagram, yemeje ko yemereye uriya musore witwa King Dejoie (Sylivain Dejoie) ko yazamubera umutima undi na we akamubera umutwe. Ati: “Umwami yansabye ko namubera umugore we. Nicishije […]
Uzafatirwa mu Burundi arwaye COVID-19 azahanwa nk’umurozi waje kuroga Abarundi_Ndayishimiye
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, aherutse gutangaza ko umuntu wese uzafatirwa mu gihugu cye arwaye icyorezo cya COVID-19 azahanwa by’intangarugero, ngo kuko ntaho azaba ataniye n’umurozi wagiye kuroga Abarundi. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho mu mpera z’ukwezi gushize, mu kiganiro cyatambutse ku bitangazamakuru bitandukanye bya hariya yagiranye n’abanyamakuru ndetse n’abaturage. Mu rwego rwo gukumira ko icyorezo cya […]
Madamu Jeannette Kagame yunamiye Padiri Ubald Rugirangoga
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yunamiye Padiri Ubald Rugirangoga witabye Imana amwifuriza kuruhukira mu mahoro. Inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Ubald yamenyekanye mu ma saa yine y’igitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 08 Mutarama, nyuma yo kwitaba Imana aguye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika aho yari amaze amezi arenga abiri arwariye […]
Gasabo: Polisi yarashe abajura babiri bagerageza kuyirwanya
Polisi y’u Rwanda ikorera mu murenge wa Kinyinya w’akarere ka Gasabo, yishe irashe abantu babiri bagerageje kuyirwanya nyuma yo gufatirwa mu cyuho batwaye televiziyo [flat screen] nini yo mu bwoko bwa SONY bikekwa ko bari bibye. Mu rukerera ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Mutarama 2021, ni bwo abapolisi bari ku irondo mu […]
Sadate yavuze ko AS Kigali izatsindwa ibitego 11 kugira ngo ibe ubukombe
Munyakazi Sadate wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports, yifatiriye ku gahanga ikipe ya AS Kigali, avuga ko ishobora kuzatsindwa na Club Sportif Sfaxien ibitego 11 ubundi ikabona guhinduka ubukombe. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo (Total CAF Confederation Cup), yatomboye […]
Nyaruguru: Umwangavu w’imyaka 14 amaze amezi arenga 4 aburiwe irengero

Umwangavu witwa Niyitegeka Marthe w’imyaka 14, wabarizwaga mu Mudugudu wa Rwabijagi, Akagari ka Gikunzi, Umurenge wa Rusenge, Akarere ka Nyaruguru amaze amezi asaga ane yaraburiwe irengero nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa 26 Kanama 2020 araye mu rugo rw’umuturanyi wabo bafitanye amakimbirane ashingiye ku butaka, ababyeyi be batabizi. Nyina wa Niyiteka, Niragire Anatolie, avuga […]
CAF Confederation Cup: AS Kigali yatomboye ikipe yo muri Tunisia

Ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup, yatomboye Club Sportif Sfaxien yo muri Tunisia mu ijonjora rya nyuma rya ririya rushanwa. Ni nyuma ya tombora y’uko amakipe agomba guhura mu ijonjora rya nyuma rya ririya rushanwa yabereye i Cairo mu Misiri. AS Kigali mu ijonjora ry’ibanze yari yasezereye Orapa United yo […]
Gen Muhoozi yahamagariye abasirikare bagenzi be kubaha abagore babo no kurinda Uganda
Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uyobora umutwe w’ingabo zidasanzwe zishinzwe kurinda Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye abasirikare bagenzi be gukunda abagore babo ndetse n’igihugu cyabo; nk’inzira ishoboka yo guhirwa mu buzima. Gen Muhoozi yabigarutseho asa n’ugira bagenzi be inama, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter akunze kunyuzaho ibitekerezo bye. Ati: “Kuri basirikare […]
APR FC yabonye abayobozi bashya barangajwe imbere na Gen Muganga
Ikipe ya APR FC Club guhera kuri uyu wa Gatanu, yamaze kubona abayobozi bashya barangajwe imbere na Maj Gen Muganga Mubarakak wagizwe Perezida wayo. Afande Muganga byari bimaze igihe bivugwa ko yamaze kugirwa Perezida w’iriya kipe y’Ingabo, yasimbuye Lt Gen Jacques Musemakweli yari amaze igihe yungirije. Abandi bahawe inshingano muri APR FC barimo Masabo Michel […]
Simba yatandukanye n’umutoza nyuma y’umunsi umwe ayigejeje mu matsinda ya Champions League
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yamaze gutandukana na Sven Vandenbroeck wari umutoza wayo mukuru, nyuma y’umunsi umwe ayifashije kugera mu matsinda ya CAF Champions league. Ku wa Gatatu tariki ya 06 Mutarama ni bwo uriya mutoza ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi yari yafashije Simba kugera mu matsinda y’Irushanwa Nyafurika rihuza amakipe […]
Neymar na bagenzi be bageneye impano Perezida Félix Tshisekedi (Amafoto)

Abakinnyi b’Ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa, bageneye Perezida wa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi usanzwe ari umufana wayo impano y’umwambaro wayo uriho amazina ye. Amafoto yagiye hanze yerekana abakinnyi bakomeye ba PSG bafite umwambaro wanditseho ‘F Tshisekedi’ uriho numero 10 bageneye Perezida Tshisekedi, nyuma yo kumenya ko yihebeye iriya […]
Bipima, Amavubi ya CHAN na Congo-Brazzaville baguye miswi
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ igizwe n’abakina imbere mu gihugu, yaguye miswi n’iya Congo Brazzaville ibitego 2-2, mu irushanwa ryateguwe na Ferwafa amakipe yombi yari yahuriyemo yitegura irushanwa rya CHAN riteganyijwe kubera mu gihugu cya Cameroon. Ni mu mukino waberaga kuri Stade Amahoro i Remera. Ikipe y’Igihugu ya Namibia iri mu makipe atatu yagombaga kwitabira iri rushanwa, […]
Perezida Xi Jinping yasabye ingabo ze kwitegura intambara isaha n’isaha
Abasirikare b’igihugu cy’Ubushinwa batangiye imyitozo ikomeye yo kwimenyereza urugamba, nyuma y’amasaha make Perezida Xi Jinping abategetse kwitegura urugamba isaha n’isaha. Amashusho yashyizwe hanze Televiziyo ya leta y’Ubushinwa, agaragaza abasirikare babarirwa muri za miliyoni bari mu myitozo, nyuma yo guhabwa amabwiriza n’abayobozi babo. Muri ayo mashusho y’umunota umwe, abasirikare b’Ubushinwa bagaragara mu myitozo ikomeye njyarugamba irimo […]
APR FC yashimiye AS Kigali ku bwo gusezerera KCCA muri CAF Confederation Cup
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Kane, yageneye AS Kigali ubutumwa buyishimira, nyuma yo gusezerera KCCA FC yo muri Uganda muri CAF Confederation Cup. Ejo ku wa Gatatu ni bwo AS Kigali yageze mu ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup, nyuma yo gusezerera KCCA ibifashijwemo n’igitego yatsindiye hanze. Umukino ubanza wagombaga guhuriza amakipe […]
Bobi Wine yahungishije umuryango we mbere y’amatora
Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri mu biyamamariza kuyobora Uganda, yahungishirije umuryango we muri Leta zunze ubumwe za Amerika mu gihe habura icyunweru kimwe ngo muri Uganda habe amatora y’Umukuru w’Igihugu. Mu ijoro ryakeye ni bwo umuryango wa Bobi Wine ugizwe n’abana be wahagurutse i Kampala werekeza muri leta zunze za Amerika n’indege […]
Paul Muvunyi na bagenzi be barekuwe by’agateganyo
Umunyemari Muvunyi Paul n’abandi bantu batatu barimo Rtd Col Ruzibiza Eugène wigeze kuyobora Ingabo mu Karere ka Karongi barekuwe by’agateganyo baherukaga gutabwa muri yombi bari kumwe, barekuwe nyuma yo gucibwa amande ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda. Muvunyi Paul, Rtd Col Ruzibiza Eugène, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura mu Karere ka Karongi, Niyongamije Gérald n’umuturage […]
Perezida Ndayishimiye yasabye abatavuga rumwe na we kumukebura aho azasamara
Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye, yasabye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe kumukebura mu gihe azaba yasamaye, ngo kuko kuba ari Umukuru w’Igihugu bitavuze ko ari hejuru y’abaturage ku byo u Burundi bugenera ababwo. Perezida Ndayishimiye yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, mu kiganiro cyamuhuje n’abayobozi b’imitwe ya Politiki ikorera mu Burundi yose. Agathon Rwasa watsinzwe na […]
CAF CL: Simba ya Kagere yanyagiye FC Platinum igera mu matsinda, Gor Mahia irasezererwa
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yakatishije itike iyijyana mu matsinda ya CAF Champions league, nyuma yo kunyagira ibitego 4-0 FC Platinum yo muri Zimbabwe. Iyi kipe isanzwe ikinamo Umunyarwanda, Medie Kagere, yari yakiriye abanya-Zimbabwe mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri wabereye kuri Stade yitiriwe Nyakwigendera Benjamin Mkapa i Dar […]
CAF Confederation Cup: AS Kigali itsindiwe i Kampala, igera mu ijonjora rya nyuma
Ikipe ya AS Kigali ikatishije itike yo kujya mu ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup, nyuma yo gusezerera KCCA yo muri Uganda ibifashijwemo n’igitego cyo hanze. Iyi kipe y’Umujyi wa Kigali yari yasuye KCCA mu mukino wabereye kuri Stade ya St Mary iherereye mu gace ka Kitende; ihatsindirwa ibitego 3-1 ariko ikomeza mu ijonjora […]
Ibya Real Madrid na Sergio Ramos bikomeje kuba agatereranzamba
Myugariro Sergio Ramos yamaze kubwira Ikipe ya Real Madrid ko adashobora kongera amasezerano, nyuma yo kutumvikana n’ubuyobozi ku bijyanye n’igihe cy’amasezerano ye mashya. Umutoza Zinedine Zidane yifuje ko Ramos, Luka Modric na Lucas Vasquez bakongererwa amasezerano, gusa ibya Ramos na Vasquez bikomeje kudasobanuka. Ikinyamakuru Marca gisobanura ko Real Madrid na Ramos bari gupfa ibijyanye n’igihe […]
Tanasha yasingije Diamond wamumenyekamishije ku ruhando rwa muzika
Umunya-Kenyakazi Tanasha Donna, yashimiye umunya-Tanzania Diamond Platnunz wahoze ari umukunzi we wamwinjije mu ruhando rwa muzika. Tanasha yashimiye Diamond basanzwe banafitanye umwana w’umuhungu abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram. Mbere y’uko aba bombi batandukana mu ntangiriro z’umwaka ushize kubera ingeso y’ubusambanyi Tanasha yashinjaga Diamond, bakoranye indirimbo bise ‘Gere’ iri mu nyafurika zarebwe cyane ku rubuga […]
Miss Rwanda 2021 yagombaga gutangira muri uku kwezi ntikibaye
Ubuyobozi bwa Rwanda Inspiration Backup itegura irushanwa ngarukamwaka rya Miss Rwanda, batangaje ko irushanwa rya 2021 ryari riteganyijwe gutangira muri uku kwezi ritakibaye kubera icyorezo cya Covid-19. Amajonjora y’ibanze y’iri rushanwa yari ateganyijwe gutangira ku wa 09 Mutarama 2021, gusa abategura ririya rushanwa bavuze ko ririya rushanwa ribaye risubitswe kubera ingamba Leta iheruka gushyiraho zo […]
Centrafrique: Abasirikare barimo ab’u Burundi baheruka kwicwa bashyinguwe (Amafoto)

Abasirikare batanu barimo batatu b’u Burundi baheruka kwicirwa mu butunwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bashyinguwe kuri uyu wa Kabiri. Umuhango wo gushyingura bariya basirikare wabereye i Bangui mu murwa Mukuru wa Centrafrique. Abasirikare bashyinguwe barimo batatu b’u Burundi baguye mu gitero cyo ku wa 26 Ukuboza 2020 bagabweho n’imitwe […]
Uganda: Abanyarwanda 9 n’Abakongomani 4 batawe muri yombi
Polisi ya Uganda ikorera i Kabale, yataye muri yombi Abantu 13 biganjemo Abanyarwanda, bazira ikiswe kwinjira muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko. Abatawe muri yombi barimo n’Abakongomani bafatiwe ku muhanda munini wa Kabale ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere. Amakuru avuga ko bari bari muri bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Malayika bava i Kisoro […]
Burundi: Batandatu bo mu muryango umwe bishwe n’abagizi ba nabi
Abantu batandatu bo mu muryango umwe bo mu gace ka Buhiga ho mu ntara ya Karusi mu gihugu cy’u Burundi, bishwe n’abantu bataramenyekana babateye ibyuma. Abishwe barimo umugabo n’umugore n’abana babo bane. SOS Media Burundi iravuga ko nyir’urugo uri mu bishwe witwa Donatien Mpfayokurera yahoze ari umupolisi w’u Burundi. Uyu Nyakwigendera w’imyaka 55 y’amavuko, umugore […]
Ingendo hagati y’uturere n’Umujyi wa Kigali zongeye guhagarikwa
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 04 Mutarama 2021, yemeje ko ingendo hagati y’akarere kamwe n’akandi cyangwa hagati yako n’Umujyi wa Kigali zibaye zihagaritswe, nk’imwe mu ngamba zo gukumira ikwirakwira rya COVID-19. Ni inama yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Minisititi w’Intebe, Dr Edouard Ngirente. Inama y’Abaminisitiri yateranye mu gihe cy’ubwiyongere bukabije bw’abandura […]
Faustin-Archange Touadéra yongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Centrafrique
Komisiyo y’amatora muri Repubulika ya Centrafrique, yatangaje ko Faustin-Archange Touadéra wari usanzwe ari Perezida wa kiriya gihugu ari we watorewe kongera kukiyobora muri manda ya kabiri, nyuma yo gutorwa ku majwi 53,92%. Amatora y’umukuru w’igihugu cya Centrafrique yabaye ku Cyumweru tariki ya 27 Ukuboza umwaka ushize, mbere y’uko ibyayavuyemo by’agateganyo bitangazwa ku mugoroba wo kuri […]
Col Besigye yavuze ko Gen Muhoozi yinjijwe mu gisirikare cya Uganda mu buryo bwa forode
Col Dr Kiiza Besigye utavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Uganda, yavuze ko umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yinjiye mu gisirikare cya Uganda mu buryo bwa forode; hanyuma se akamuzamura mu ntera mu buryo butemewe n’amategeko. Besigye usanzwe ari Umuyobozi w’ishyaka FDC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yabigarutseho ubwo yari kuri Televiziyo ya NBS; […]
Cassa Mbungo yerekanwe nk’umutoza wa Bandari FC, haranugwanugwa umusimbura we muri Gasogi
Umunyarwanda Cassa Mbungo André yamaze kwerekanwa nk’umutoza mushya wa Bandari FC yo muri Kenya, nyuma yo gusinyana na yo amasezerano y’imyaka ibiri yo kuyitoza. Ku wa Gatandatu w’icyumeru gishize ni bwo uyu mugabo wahoze atoza Gasogi United yagombaga kugera i Mombasa Bandari FC ibarizwa akerekanwa ku mugaragaro, gusa ntibyakunda ko ahagera kubera icyorezo cya Covid-19. […]
Cristiano afite abamukurikira kuri Instagram baruta ab’amakipe 20 yose yo muri Premier league
Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo ukinira Juventus yo mu Butaliyani, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ku Isi ukoresha urubuga rwa Instagram urugizeho abamukurikira miliyoni 250. Ari imbere y’ibyamamare bimugwa mu ntege nk’umuririmbyi Ariana Grande ufite abamukurikira miliyoni 214 cyo kimwe n’umukinnyi w’amafilime w’Umunyamerika, Dwayne Johnson uzwi nka ‘The Rock’ ukurikirwa n’ababarirwa muri miliyoni 109. Uretse […]
Ese koko Vedasto Katologi yaba ari we mubyeyi wa Meddie Kagere?

Umunya-Tanzania witwa Vedasto Katologi, yatangaje ko ari se wa rutahizamu w’Amavubi na Simba SC yo muri Tanzania, Kagere Meddie bityo asaba ko hakorwa ibizamini bya DNA (uturemangingo tw’amaraso twerekana isano abantu bafitanye) kugira ngo agaragaze ukuri kwe. Katologi yemeje ko ari we mubyeyi wa Kagere, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Championi ku wa Gatandatu. Uyu mugabo […]
Centrafrique: Ingabo z’u Rwanda ni zo zatabaye iz’u Burundi zatewe n’inyeshyamba
Mu gitondo cy’itariki ya 26 Ukuboza mu mwaka ushize, ni bwo Ingabo z’u Burundi n’iza Repubulika ya Centrafrique bari hamwe mu gace ka Dékoa ho mu ntara ya Kemo, zagabweho igitero gikomeye n’inyeshyamba. Ni igitero cyagabwe n’imitwe y’inyeshyamba ishyigikiye uwahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, François Bozizé, mbere y’amasaha make ngo muri kiriya gihugu […]
COVID-19 yishe abagabo bane mu Rwanda, handura abantu 107

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu abagabo bane ari bo bishwe n’icyorezo cya COVID-19, mu gihe abanduye ari 107. Abishwe na COVID-19 mu Rwanda bahise bagera kuri 98 mu babarirwa mu 8,567 banduye kiriya cyorezo mu Rwanda. Abanduye kuri uyu wa Gatandatu barimo 85 b’i Kigali, 14 b’i Gicumbi, babiri b’i […]