Blaise Compaoré yasabye imbabazi umuryango wa Capt. Sankara yahamijwe kwica
Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise Compaoré, yasabye imbabazi umuryango w’impirimbanyi Capt. Thomas Sankara yahamijwe kwica. Muri Mata uyu mwaka ni bwo Compaoré yahamijwe kwica Capt. Sankara yasimbuye ku butegetsi mu 1987, akatirwa igifungo cya burundu. Icyo gihe Compaoré yari mu buhungiro muri Burkina Faso aho yari yarahungiye mu 2014 akimara kweguzwa n’imyigaragambyo y’abaturage. […]
Umurundi wagombaga kuza gutoza Espoir FC yavuze ko yabujijwe na CNDD-FDD kuza gutoza mu Rwanda
Umurundi Joslin Bipfubusa wagombaga kuza gutoza ikipe ya Espoir FC, yamaze kuyimenyesha ko atakije kuyitoza ngo kuko ishyaka CNDD-FDD abereye umurwanashyaka ryamubujije kuza gutoza mu Rwanda. Mu kwezi gushize ni bwo iyi kipe y’i Rusizi yemeje Bipfubusa nk’umutoza wayo mukuru nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri. Bipfubusa w’imyaka 37 y’amavuko, yanyuze mu Rwanda nk’umukinnyi aho […]
FC Barcelona yateye intambwe yo kwisubiza Lionel Messi
Ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya Espagne, yateye intambwe yo kwisubiza umunya-Argentine Lionel Messi wahoze ari Kapiteni wayo. Iyi kipe nta gihindutse irashaka kwisubiza uyu munyabigwi wayo mu mpeshyi itaha, ubwo amasezerano ye na PSG azaba yarangiye. Messi ni umukinnyi w’iyi kipe y’i Paris kuva mu mpeshyi ya 2021, nyuma yo gutandukana na […]
Kevin Muhire mu nzira zerekeza mu cyiciro cya kabiri muri Kuwait
Uwari Kapiteni w’Ikipe ya Rayon Sports, Kevin Muhire, ari mu biganiro n’ikipe ya Al-Yarmouk SC yo muri Kuwait ku buryo nta gihindutse bishobora kurangira ayerekejemo. Kevin Muhire yari amaze umwaka umwe ari umukinnyi wa Rayon Sports, nyuma yo kuyigarukamo avuye mu gihugu cya Misiri aho yakinaga. Ikipe ya Al-Yarmouk bari mu biganiro, isanzwe ibarizwa mu […]
Goma: Abigaragambya basahuye ibiro bya MONUSCO
Abanye-Congo bari bariye karungu kuri uyu wa Mbere bateye ibiro bya MONUSCO barabisahura ndetse baranabyangiza, mu gihe bakomeje imyigaragambyo basaba ko ubu butumwa bwa Loni buva mu gihugu cyabo. Imyigaragambyo y’abasaba MONUSCO kuzinga utwangushye igataha yatangiye kuvugwa muri Congo mu cyumweru gishize. Abigaragambya bashinja ubu butumwa bwa Loni kuba bwarananiwe gutekanisha Uburasirazuba bwa RDC, mu […]
Louise Mushikiwabo yemeje ko aziyamamariza kuyobora OIF muri manda ya kabiri
Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo, yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa mu yindi manda y’imyaka ine iri imbere. Mushikiwabo w’imyaka 61 y’amavuko, ni Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie kuva mu Ukwakira 2018, ibisobanura ko manda ye izarangira muri uyu mwaka. Mushikiwabo wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yemeje ko aziyamamariza gukomeza […]
Rwatubyaye yamaze guhitamo ikipe imwe yo mu Rwanda agomba kwerekezamo muri 3 yamwifuzaga
Myugariro w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Rwatubyaye Abdoul, yamaze gufata icyemezo cyo kwerekeza muri AS Kigali nyuma y’igihe agirana na yo ibiganiro. Rwatubyaye amaze iminsi hano mu Rwanda nyuma yo kuva muri Macedoniya ya Ruguru aho yakiniraga ikipe ya FC Shkupi yo muri iki gihugu. Iyi kipe cyakora cyo amaze igihe kirekire atayikinira kubera imvune ikomeye yagize […]
RDC: M23 yaba yashyizeho ubuyobozi bushya mu bice yigaruriye
Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko umutwe wa M23 wamaze gushyiraho ubuyobozi bushya mu duce tw’iki gihugu wamaze kwigarurira. Ni nyuma y’iminsi ibarirwa muri 40 uyu mutwe wigaruriye umujyi wa Bunagana uri ku mupaka wa Congo Kinshasa na Uganda ndetse n’ibindi bice bitandukanye bya Terirwari ya Rutshuru iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Groupement […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Bénin ari mu Rwanda (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Bénin, Général de Brigade Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI, ari hano mu Rwanda aho yasuye Igisirikare cy’u Rwanda (RDF). Kuri uyu wa Gatandatu Gén Gbaguidi yasuye Icyicaro Gikuru cya RDF ku Kimihurura, yakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu […]
Kuba u Rwanda rutengamaye ni ideni ndimo Inkotanyi nkwiye kwishyura_Umuhanzi Justin w’i Kingogo
Umuhanzi Justin Nsengimana uzwi nka Justin w’i Kingogo mu karere ka Ngororero, avuga ko hari umwenda yumva afitiye ababohoye igihugu kuri ubu kikaba gitekanye; bityo na we akaba agomba kuryishyura binyuze mu gushimisha abagituye. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Justin uzwi mu bikorwa bitandukanye mu karere ka Ngororero yakoze igitaramo cy’imbaturamugabo, cyitabirwa n’ibihumbi […]
WASAC yatangaje ko Kigali yose igiye kubura amazi
Ikigo WASAC gishinzwe amazi, isuku n’isukura mu Rwanda, cyatangaje ko Umujyi wa Kigali wose ugiye guhura n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kubera ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ku ruganda rwo mu Nzove riteganyijwe. WASAC yemeje aya makuru mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Iti: “Kubera ibura ry’umuriro ritaganijwe ku munsi w’ejo mu mujyi wa Kigali; uruganda […]
FC Barcelona yongeye gutera Chelsea gapapu, iyitwara Jules Koundé
Ikipe ya FC Barcelona yamaze kugera ku bwumvikane na Sevilla FC bw’uko igomba kugura myugariro Jules Koundé yari ihataniye na Chelsea yo mu Bwongereza. Umunyamakuru Gerard Romero uri mu bizewe cyane mu nkuru zerekeye Barça ni we wemeje ko amakipe yombi yamaze kumvikana. Ku bwa Romero, “Jules Koundé agomba kwerekeza muri FC Barcelona ku kigero […]
Babiri bakora muri Ecobank bafatiwe mu cyuho bakira ruswa y’arenga Frw miliyoni 4
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi babiri bakorera Banki ya Ecobank, nyuma yo kubafatira mu cyuho bakira ruswa y’angana na Frw miliyoni 4.5. Abatawe muri yombi barimo Niyonshuti Theogène ushinzwe ibikorwa byo kwakira ubwishyu bw’inguzanyo na Waswa Edward usanzwe ari umushoferi. Aba bombi ngo bari barabwiwe n’uwabahaye iriya ruswa ko bamufasha italiki ya cyamunara […]
Perezida Emmerson Mnangagwa arashinjwa gufata ku ngufu
Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe yatangiye kotswa igitutu, nyuma y’uko umwe mu bagore bo mu gihugu cye amushinje ku mugaragaro kumusambanya ku ngufu atarageza ku myaka y’ubukure. Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo umugore witwa Susan Mutami yifashishije urubuga rwa Twitter, ashinja Mnangagwa kumusambanya ubwo yari akiri umwana. Mutami uri mu bagore bazwi muri […]
Alexandre Lacazette yakorewe ibya mfura mbi n’amavubi
Rutahizamu Alexandre Lacazette ashobora kutagaragara mu mukino wa Pre-season ikipe ye ya Olympique Lyonnais ifite ejo ku cyumweru, nyuma yo kudwingwa n’amavubi 10. Uyu Mufaransa wahoze akinira Arsenal yo mu Bwongereza na bagenzi be bari mu gihugu cy’u Buholandi, aho bagiye gutegurira umwaka utaha w’imikino. Kuri iki cyumweru Lyon igomba gukina na Feyenoord mu mukino […]
Minisitiri Sergey Lavrov w’u Burusiya ategerejwe muri Uganda na RDC
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, ategerejwe mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ambasade y’u Burusiya muri Uganda yatangaje ko Minisitiri Lavrov azagenderera iki gihugu hagati y’itariki ya 25 n’iya 26 Nyakanga. Usibye Uganda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya azanagenderera ibihugu bya Ethiopia, Misiri na Repubulika Iharanira […]
Museveni yahaye Mao utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe umwanya ukomeye muri Guverinoma
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagize Nobert Mao ukuriye ishyaka Democratic Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwe Minisitiri w’Ubutabera. Museveni yahaye Mao izi nshingano, nyuma y’umunsi umwe bombi basinyanye amasezerano y’ubufatanye. Ni amasezerano Museveni yasinye mu izina ry’ishyaka NRM abereye umuyobozi mukuru, na ho Mao ayasinya mu izina rya Democratic Party (DP) na we abereye […]
Perezida wa Somalia mu bitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC
Perezida Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, ari mu bakuru b’ibihugu bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iri kubera i Arusha muri Tanzania. Ni inama yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga, ikazasozwa ejo ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022. Abakuru b’ibihugu bayitabiriye barimo Uhuru Kenyatta wa Kenya, Yoweri Kaguta […]
Police FC yakoze impinduka mu buyobozi bwayo, yemeza Mashami nk’umutoza wayo mukuru
Ikipe ya Police FC yemeje umutoza Mashami Vincent wahoze atoza ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ nk’umutoza wayo mukuru. Iyi kipe ya Polisi y’igihugu yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet. Amakuru avuga ko uyu mutoza wanyuze mu makipe ya APR FC na Bugesera yahawe amasezerano yo gutoza Police FC mu myaka ibiri iri imbere. Ni […]
Museveni yahishuye urwo yari aboneye muri CHOGM i Kigali
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahishuye ko yashoboraga kwandurira icyorezo cya COVID-19 i Kigali aho yari yitabiriye inama ya CHOGM, gusa arokorwa no kuba yari akingiye byuzuye. Mu kwezi gushize ni bwo Perezida Museveni yari i Kigali, aho yari yitabiriye inama ya CHOGM yahuzaga abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize umuryango wa Commonwealth. Amafoto […]
Haji Manara yahagaritswe imyaka 2 mu bikorwa by’Umupira w’amaguru
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryahanishije Haji Manara kumara imyaka ibiri adakandagira mu bikorwa by’umupira w’amaguru, azira gutuka umuyobozi waryo. Manara uri mu byamamare bikomeye muri Tanzania, asanzwe ari umuvugizi w’ikipe ya Young Africans. Ni inshingano yahawe n’iyi kipe yo muri Tanzania nyuma yo gutandukana na mukeba wayo Simba Sports Club na yo yari […]
Umunyarwanda yarasiwe muri USA arapfa
Umugabo witwa Kadage Byishimo wavuye mu Rwanda akajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yarashwe n’abataramenyekana apfa nyuma yo kugezwa kwa muganga. Amakuru avuga ko Kadage wari utuye muri Leta ya Kentucky yarasiwe iwe mu rugo aho yari kumwe n’abagize umuryango we, ubwo yari agiye kuryamisha umwana. Umuturanyi wa nyakwigendera witwa Mutabazi Etienne, yabwiye […]
RDC: Rurageretse hagati ya Kiliziya Gatolika na muramu wa Tshisekedi ishinja ubujura
Abahagarariye Kiliziya Gatolika i Kinshasa muri RDC barashinja muramu wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi kwiba ubutaka bwa Kiliziya, ibyo basobanura nk’ububandi bwa Leta. Kiliziya ivuga ko muri 2019 ari bwo hari itsinda ry’abantu binjiye muri ubu butaka busanzwe ari ubwa seminari yitiriwe Mutagatifu Yohani XXIII iherereye mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Kinshasa, bahita babwita ubwabo. Padiri […]
Ange Kagame n’umugabo we bibarutse ubuheta
Ange Kagame, umukobwa wa Perezida Paul Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana wabo wa kabiri. Perezida Kagame ni we wemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter abashimira. Ni ubutumwa bwari buherekeje ifoto y’imfura yabo kuri ubu ifite umwaka umwe w’amavuko acigatiye murumuna we.
Tanzania: Perezida Samia Suluhu yashyizeho Umuyobozi wa Polisi mushya
Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yazamuye mu ntera CP Camillus Wambura, amugira Umuyobozi Mukuru wa Polisi (IGP) ya Tanzania. Wambura yari asanzwe akuriye Urwego Rushinzwe Iperereza ku byaha muri Tanzania. Wambura was the Director of Criminal Investigation (DCI), akaba yasimbuye Simon Sirro wari umaze igihe ayoboye Polisi ya kiriya gihugu. Nk’uko byatangajwe na Zuhura […]
Manzi Thierry mu muryango ugaruka muri APR FC nk’umusimbura wa myugariro yirukanye
Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Manzi Thierry, biravugwa ko ari mu muryango ugaruka muri APR FC nk’umusimbura wa myugariro Nsabimana Aimable wamaze gusezererwa n’iyi kipe y’Ingabo z’igihugu. Ku munsi w’ejo ni bwo APR FC yatangaje ko itazakomezanya na Nsabimana Aimable wari umaze umwaka ayigarutsemo, nyuma yo kuva muri Police FC. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ntiyigeze itangaza […]
Perezida Tshisekedi yageneye ubutumwa bwihariye Samia Suluhu
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, ejo ku wa kabiri yakiriye ubutumwa bwihariye bwa mugenzi we wa Congo Kinshasa, Félix Antoine Tshisekedi. Ni ubutumwa Perezida Samia yashyikirijwe na Prof. Serge Tshabangu Chamwino Ingoro, intumwa idasanzwe ya Perezida Tshisekedi yakiriye mu biro bye i Dodoma. Yaba Perezidansi ya Congo Kinshasa cyangwa iya Tanzania ntibigeze batangaza ibyari […]
Rayon Sports yasinyishije abandi bakinnyi babiri bashya
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yasinyishije abakinnyi babiri bashya bombi bakiniraga ikipe ya Heroes FC yo mu cyiciro cya kabiri. Barimo Ishimwe Patrick ukina usatira izamu cyo kimwe na mugenzi we Kanamugire Roger ukina hagati mu kibuga. Buri umwe muri bo yasinye amasezerano y’imyaka itatu yo gukinira Rayon Sports. Aba bakinnyi binjiye […]
Rutahizamu wagenderwagaho na AS Kigali yerekanwe nk’umukinnyi wa Vipers
Ikipe ya Vipers FC yo mu gihugu cya Uganda, yamaze kwerekana umunya-Nigeria Abubakar Lawal wahoze akinira AS Kigali nk’umukinnyi wayo mushya. Lawal yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Vipers isanzwe itozwa n’umunya-Brésil Robertinho. Ni nyuma y’imyaka ibiri akinira AS Kigali. Iyi kipe y’Abanyamujyi mu mwaka ushize w’imikino yari yashoboye kuyitsindira ibitego umunani, anatanga imipira 10 […]
Rutahizamu uheruka gusinyira Borussia Dortmund yasanzwemo ‘Kanseri y’ubugabo’
Ikipe ya Borussia Dortmund yemeje ko rutahizamu Sebastian Haller iheruka gusinyisha yavuye mu myitozo yayo, nyuma yo gusanga arwaye ‘Kanseri y’ubugabo’. Haller w’imyaka 28 y’amavuko, ni umukinnyi wa Dortmund kuva muri uku kwezi kwa Nyakanga, nyuma yo kuyigeramo avuye muri Ajax Amsterdam yo mu Buholandi. Iyi kipe yo mu Budage yamusinyishije nyuma yo kwitwara neza […]
Ibya Kagere na Simba SC byaba byarangiye
Amakuru aturuka mu gihugu cya Tanzania aravuga ko rutahizamu Meddie Kagere n’ikipe ya Simba Sports Club bamaze bageze ku bwumvikane bw’uko bagomba gutandukana. Kagere yari amaze imyaka itatu ari umukinnyi wa Simba nyuma yo kuyigeramo avuye muri Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya. Muri Tanzania hari hamaze igihe hari amakuru avuga ko abayobozi ba […]
RDC: Kabund yashinze ishyaka, yiyemeza kurwanya Tshisekedi bahoze ari inshuti magara
Jean-Marc Kabund wahoze ari Visi-Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yashinze ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Kabund yahoze ari inshuti magara na Perezida Tshisekedi, dore ko yanahoze ari umuyobozi w’ishyaka rye UDPS riri ku butegetsi. Yemeje ko yashinze ishyaka ‘Alliance pour le changement’ mu kiganiro yagiranye […]
Rurageretse hagati ya Perezida Ramaphosa n’abamurwanya bamuhaye amasaha 48 yo kuba yeguye
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yatangaje ko adashobora ‘guterwa ubwoba cyangwa ngo ashyirweho igitutu’ n’umuntu uwo ariwe wese, nyuma y’uko rimwe mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe rimuhaye amasaha 48 yo kuba yamaze kwegura. Perezida Ramaphosa w’imyaka 69 y’amavuko arashinjwa ibyaha bya ruswa, gusa anamaze igihe ari ku gitutu gikomeye kubera ibibazo bitandukanye byugarije […]
Perezida Kagame yashyizeho Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu yagize Dr Didas Kayihura Muganga Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Kaminuza y’u Rwanda. Iyi Kaminuza nta muyobozi mukuru yari ifite kuva muri Gicurasi uyu mwaka, nyuma y’iyegura rya Prof. Alexandre Lyambabaje wari umaze amezi 14 ayibereye umuyobozi. Prof. Lyambabaje yeguye mu rwego rwo kugira ngo atangire ikiruhuko […]
Perezida wa Sena ya RDC yasabye MONUSCO guhambira ikava mu gihugu cye
Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Modeste Bahati Lukwebo, yasabye MONUSCO guhambira ikava ku butaka bw’igihugu cye ngo kuko mu myaka 22 ihamaze ntacyo yigeze ihamara. Yatanze ubu butumwa kuri uyu wa Gatanu ubwo yaganiraga n’abatuye i Goma ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Modeste Bahati yavuze ko MONUSCO igomba guhambira ikava […]
Abasirikare bakuru muri RDF barimo Gen Safari bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyakoze ku nshuro ya 10 umuhango wo gusezerera abasirikare bakuru bacyo bagejeje ku myaka ibemerera kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma yo gusoza amasezerano y’akazi. Umuhango wo gusezerera aba basirikare wabereye ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura, ejo ku wa Gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022, uyoborwa na Minisitiri w’Ingabo Maj. […]
Ibya Robert Lewandowski muri FC Barcelona byarangiye
Ikipe ya Bayern Münich yamaze kumvikana na FC Barcelona ko igomba kuyigurisha umunya-Pologne Robert Lewandowski. Fabrizio Romano yemeje ko amakipe yombi yageze ku bwumvikane ku munsi w’ejo. Bayern Munich yemeye kurekura Lewandowski nyuma yo guhabwa na Barça miliyoni 50 z’ama-Euro. Iyi kipe yo mu Budage yari yabanje kwanga ubusabe butandukanye bwa Barça, burimo ubwa miliyoni […]
Urukiko rwategetse ko abakozi ba FERWAFA bari bafunzwe barekurwa
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu, rwategetse ko abakozi ba FERWAFA bari bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa barekurwa bagakurikiranwa badafunze. Aba ni Nzeyimana Félix wahoze ashinzwe amarushanwa n’umusifuzi witwaTuyisenge Javan. Bombi bari bamaze igihe bafunzwe bakurikiranyweho ibyaha bitatu bifitanye isano ruswa. FERWAFA ni yo yari yarabaregeye RIB kubera uruhare bakekwagaho mu […]
Minisitiri Sophie Wilmès wakunze kutajya imbizi n’u Rwanda yeguye
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi akanaba Minisitiri w’Intebe wungirije w’iki gihugu, Sophie Wilmès, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye mu rwego rwo kwita ku mugabo we urwaye. Euro News yatangaje ko ejo ku wa Kane ni bwo uyu mugore wakunze kutajya imbizi n’u Rwanda yatangaje ko yeguye, mu rwego rwo kujya kwita kuri Christopher Stone […]
Museveni yibiye akabanga Tshisekedi wamwitabaje ku kibazo cya M23
Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yagiriye inama mugenzi we Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa ko kuganira n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwe ari byo byatanga igisubizo ku bibazo impande zombi zifitanye. Ku wa Kane tariki ya 14 Nyakanga Perezida Museveni ku biro bye i Entebbe, yahakiriye intumwa za Perezida Tshisekedi wamwoherereje ubutumwa bwihariye amusaba […]
Col Doumbouya yakoreye agashya abaminisitiri be ubwo bari bateraniye mu nama (Amafoto)

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamadi Doumbouya, yatunguye abaminisitiri bagize Guverinoma y’igihugu cye ubwo bari bateraniye mu nama abohereza gusukura umujyi wa Conakry. Byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Nyakanga ubwo Perezida Doumbouya yari ayoboye inama y’Abaminisitiri. Umujyi wa Conakry usanzwe ari umwe mu mijyi ya Afurika ikunze kurangwamo imyanda myinshi ku mihanda […]
MINICOM yahagaritse Betting ku makipe yo mu Rwanda
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda (MINICOM), yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo ibikorwa by’imikino y’amahirwe (Betting) ku makipe yo mu Rwanda. MINICOM yatangaje ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kubiganiraho na Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS). Itangazo ryasohowe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béata, rivuga ko “gutanga serivisi za Betting byahagaritswe” ndetse icyo cyemezo kigahita gishyirwa mu bikorwa […]
Icyo Clarisse Karasira avuga ku wavuze ko yajyaga ajya ‘gusambana’ muri ghetto i Byumba
Umuhanzi Karasira Clarisse yagize icyo avuga ku wamushinje kuba yarajyaga gusura umuhungu muri Ghetto bakaryamana, avuga ko ari ukumusebya kubera ishyari. Kuva ejo ku wa Gatatu izina Clarisse Karasira riri kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’ubutumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Ni ubutumwa yanditse agaragaza ko kuba kuba yaranze kwiyandarika mu bukumi bwe […]
MONUSCO yeruye, yemeza ko yo na FARDC badafite ubushobozi bwo guhangana na M23
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwatangaje ko bwo na FARDC badafite ubushobozi bwo guhangana n’umutwe wa M23. Byatangajwe n’Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, mu kiganiro n’abanyamakuru n’ibitangazamakuru bikorera i Kinshasa. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’ukwezi inyeshyamba z’umutwe wa M23 zigaruriye Umujyi wa Bunagana ndetse n’ibindi bice bitandukanye […]
Sir Ian Wood abona ubutaka n’ikirere bya Nyaruguru ari umugisha ku bahinzi b’icyayi

Umuyobozi mukuru wa Wood Foundation, Umunya-Ecosse, Sir Ian Wood, washoye imari mu buhinzi bw’icyayi ku misozi y’akarere ka Nyaruguru, avuga ko imiterere y’ikirere, iy’ubutaka n’iy’imisozi yaho, ibereye cyane ubuhinzi bw’icyayi ku buryo asanga ari umugisha abahinzi b’icyayi biherewe n’Imana. Ibyo Sir Ian Wood yabivuze kuri uyu wa 13 Nyakanga 2022 ubwo we na Minisitiri w’Ubuhinzi […]
Kwizera Olivier na Mackenzie mu bakinnyi 6 batandukanye na Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana n’abakinnyi batandatu, barimo umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Kwizera Olivier. Iyi kipe yemeje aya makuru ibinyujije kuri chaîne yayo ya YouTube. Abakinnyi Rayon Sports yamaze gusezerera barimo Kwizera Olivier, rutahizamu uca ku mpande Ishimwe Kevin na myugariro Habimana Hussein ‘Eto’o’. Aba kandi barimo myugariro w’iburyo Nizigiyimana AbdulKalim MacKenzie, Bukuru Christophe […]
Bidasubirwaho Raheem Sterling ni umukinnyi wa Chelsea
Ikipe ya Chelsea yamaze gusinyisha rutahizamu Raheem Sterling wakiniraga Manchester City, aba umukinnyi wa mbere isinyishije kuva iguzwe na Todd Boehly. Sterling w’imyaka 27 y’amavuko yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira Chelsea, bikavugwa ko yatanzweho abarirwa muri miliyoni 50 z’ama-Pounds. Chelsea yemeje ko yamusinyishije ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Iti: “Umu-star w’Umwongereza Raheem Sterling yerekeje […]
Kiyovu Sports yaburijemo umugambi wa Rayon Sports wo kwisubiza Kimenyi
Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kongerera amasezerano umunyezamu Kimenyi Yves usanzwe ari Kapiteni wayo. Kimenyi amakuru avuga ko yongereye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Urucaca. Kimenyi wari ku musozo y’amasezerano ye Rayon Sports byavugwaga ko yifuza kumwisubiza, nyuma yo gutandukana na yo mu myaka ibiri ishize. Rayon Sports yifuzaga kumusimbuza umunyezamu Kwizera Olivier Kugeza ubu […]
RDC: Umuhungu wa Maréchal Mobutu yatorewe umwanya ukomeye
Malo Mobutu usanzwe ari umuhungu wa Maréchal Mobutu Sese Seko wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatorewe kuba Guverineri w’Intara ya Ubangi y’Amajyaruguru. Malo asanzwe ari bucura bw’umunyagitugu Mobutu wategetse RDC imyaka irenga 30, mbere yo guhirikwa ku butegetsi na Laurent-Désiré Kabila mu 1997. Ejo ku wa Kabiri ni bwo yatowe ku […]
Rubavu: Uwatumye umutetsi guhagararira akarere mu gikorwa cyo kwibuka arashinja Gitifu kumugambanira
Nyiraneza Esperance wahoze ashinzwe uburezi mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu, arashinja Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo, Murenzi Augustin kumugambanira bigatuma ahagarikwa ku kazi. Ku wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga ni bwo Nyiraneza yahagaritswe ku kazi n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu azira kohereza umutetsi mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi nk’umushyitsi mukuru wari uhagarariye akarere. […]
Burundi: Umugabo n’umugore b’Abanyarwanda bafungiye i Bujumbura
Abanyarwanda babiri barimo umugabo n’umugore, bafungiye i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi nyuma yo gufatwa bagerageza kujya ku mugabane w’u Burayi bakoresheje ibyangombwa bitari ibyabo. Abafunzwe nk’uko amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi abivuga ni Nkunzurwanda Salama usanzwe aba i Kigali, n’umugabo witwa Gakwaya Ernest usanzwe aba muri Sénégal. Ku wa 03 Nyakanga ni bwo […]
Rubavu: Akarere kasabye RIB gukurikirana umukozi wako wohereje umutetsi mu gikorwa cyo kwibuka
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, bwatangaje ko bwamaze gusaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukurikirana umukozi wako ushinzwe uburezi mu murenge wa Rugerero wohereje umutetsi guhagararira uyu murenge mu gikorwa cyo kwibuka. Tariki ya 03 Kamena ni bwo mu kigo cy’amashuri cya Nkama giherereye mu murenge wa Rugerero habereye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya […]
Abasirikare barenga 7,200 ba Ukraine baburiwe irengero
Abasirikare babarirwa mu 7,200 ba Ukraine ni bo bamaze kuvurirwa irengero kuva iki gihugu cyisanze mu ntambara n’u Burusiya, nk’uko byatangajwe n’Umuvunyi mukuru w’iki gihugu, Oleh Kotenko. Yavuze ko abenshi muri aba basirikare bari mu maboko y’Ingabo z’u Burusiya, nk’uko yabitangarije Televiziyo yitwa Suspilne TV. Umuvunyi mukuru muri Ukraine yavuze ko ku ikubitiro Igisirikare cya […]
Umutoza wanditse amateka akomeye muri Simba SC mu muryango winjira muri Kiyovu Sports
Umubiligi Patrick Aussems watoje ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, ni we byitezwe ko agirwa umutoza mukuru wa Kiyovu Sports. Kiyovu Sports kuri ubu nta mutoza ifite nyuma yo gutandukana na Haringingo Francis Christian wamaze kwerekeza muri Rayon Sports. Cyakora cyo uyu mutoza w’Umurundi byitezwe ko asimburwa na Aussems wanditse amateka […]
RDC-Rwanda: Abanyabugeni basabwe kwifashisha impano yabo mu kwimakaza amahoro
Abanyabukorikori, ababyinnyi, abaririmbyi n’abakinnyi b’ikinamico bo mu bihugu by’u Rwanda na RDC; basabwe gukoresha ibihangano byabo mu kwimakaza amahoro no kubana neza hagati y’abaturage bo mu karere k’ibiyaga bigari. Ibi babitangarije mu mujyi wa Goma mu imurikabikorwa ry’ibikorwa by’ubugeni bwibanda mu kwimakaza umuco w’amahoro no kubana neza hagati y’ibihugu bigize aka karere. Ku ruhande rwabo […]
Rubavu: Umukwikwi [umutetsi] yahagarariye akarere mu gikorwa cyo kwibuka, biteza ihungabana
Mu murenge wa Rugerero w’akarere ka Rubavu haravugwa inkuru y’umukwikwi [umutetsi] wahagarariye akarere mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bituma bamwe mu barokotse bagira ikibazo cy’ihungabana. Tariki ya 03 Kamena ni bwo mu kigo cy’amashuri cya Nkama giherereye mu murenge wa Rugerero yabereye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku ncuro ya 28. Mu […]
AS Kigali yapapuye Rayon Sports wa rutahizamu ukinira Caméroun
Ikipe ya AS Kigali yamaze gusinyisha rutahizamu Man Yakre Dangmo usanzwe ukinira ikipe y’Igihugu ya Caméroun imupapuye Rayon Sports. Man Yakre Dangmo yasinye imyaka ibiri yo gukinira iyi kipe y’Abanyamujyi. Iyi kipe y’umutoza Cassa Mbungo André yamusinyishije nk’umusimbura w’umunya-Nigeria Aboubacar Lawal wamaze kwerekeza muri Vipers yo muri Uganda. AS Kigali yasinyishije Dangmo imupapuye Rayon Sports […]
Lionel Messi na Kylian Mbappé mu ntambara
Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bufaransa aravuga ko umwuka utifashe neza hagati ya Lionel Messi na Kylian Mbappé bombi bakinira PSG, kubera Neymar. Mu minsi ishize ubwo Mbappé yongereye amasezerano muri PSG, ahabwa ububasha ku byerekeye abakinnyi iyi kipe y’i Paris igomba kujya isinyisha n’abo igomba kurekura. The Daily Star yatangaje ko Mbappé yifuza ko […]
Uwarashe Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yasobanuye icyatumuteye kumwivugana
Umugabo warashe Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani bikamuviramo urupfu, yasobanuye ko yabikoze abitewe no kuba yaratekerezaga ko hari umuryango ukora ibibi yabarizwagamo. Abe yarasiwe mu mujyi wa Nara aho yagezaga ijambo ku baturage. Televiziyo ya NHK yatangaje ko urupfu rwa Shinzo “yapfiriye mu bitaro byo mu mujyi wa Kashihara ho mu karere […]
Ibya Kagere muri APR FC bikomeje kugorana
Ikipe ya APR FC bivugwa ko yifuza gusinyisha rutahizamu Meddie Kagere usanzwe akinira Simba Sports Club yo muri Tanzania, gusa amakuru avuga ko uyu mukinnyi ari kubigenza gake. APR FC bivugwa ko yamaze gusinyisha abarimo Niyigena Clément wakiniraga Rayon Sports, Uwiduhaye Abouba wakiniraga Police FC, Ndikumana Fabio wakiniraga Musanze FC, Ishimwe Christian na Niyibizi Ramadhan […]