Musanze FC yatsinze Gasogi United, amagambo ya KNC ashira ivuga
Ikipe ya Musanze FC yacecekesheje Perezida Kakooza Nkuliza Charles (KNC) wa Gasogi United, nyuma yo gutsinda iyi kipe ye igitego 1-0. Musanze FC yari yakiriye Gasogi United, mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona wabereye kuri Stade Ubworoherane. Igitego rukumbi cyatsinzwe n’umunya-Nigeria Samson Irocan Ikechuku ku munota wa 14 w’umukino ni cyo cyafashije Musanze FC […]
Rutsiro: Minisitiri Gatabazi yasangiye ibya saa sita n’abanyeshuri
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, kuri uyu wa Kane yasangiye ifunguro rya saa sita n’abanyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Kinihira rwo mu murenge wa Kigeyo w’akarere ka Rutsiro. Minisitiri Gatabazi ari muri aka karere kari muri turindwi tugize intara y’Uburengerazuba, mu ruzinduko rw’akazi yakagiriyemo kuri uyu wa kane. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasuye abanyeshuri ba […]
FC Barcelone yirukanye Ousmane Dembélé nyuma y’igihe yarayitesheje umutwe
Ikipe ya FC Barcelone yo mu gihugu cya Espagne yirukanwe Umufaransa Ousmane Dembelé, nyuma y’igihe yarayishyize mu gihirahiro akanga kongera amasezerano. Dembélé yari umukinnyi w’iyi kipe kuva mu mpeshyi ya 2017, ubwo yamuguraga miliyoni 145 z’ama-Euro (arenga Frw miliyari 145) imuvanye muri Borussia Dortmund yo mu gihugu cy’u Budage. Amasezerano y’imyaka itanu Dembélé yari yarasinye […]
Ba Ofisiye mu ngabo za Misiri basuye RDF (Amafoto)

Itsinda ry’intumwa zaturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Misiri, ziri hano mu Rwanda aho zitabiriye uruzindukoshuri rw’iminsi itanu zisoza kuri uyu wa 20 Mutarama. Izi ntumwa ziyobowe na Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen uri kumwe n’abanyeshuri bane bari ku masomo abategurira kuba ba Ofisiye mu ngabo za Misiri. Bari mu Rwanda […]
Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye gukora agashya (Amafoto)

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaye avuza ingoma anambaye ibirenge ubwo yasozaga igihe cy’ikiruhuko yari amazemo iminsi. Perezida Ndayishimiye yagaragaye yabaye umutimbo [umukaraza] ubwo yasuraga abakaraza b’ahitwa Gishora ho mu ntara ya Gitega, mu rwego rwo kwerekana ko ingoma zifite umwanya munini mu muco w’u Burundi. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umukuru w’igihugu cy’u […]
Rayon Sports yakuye amanota atatu i Rubavu, APR FC yambura Kiyovu Sports umwanya wa mbere
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye amanota atatu y’umunsi wa 13 wa shampiyona wasize APR FC ifashe umwanya wa mbere, nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2-0. Rayon Sports yari yasuye Etincelles mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda. Igitego bya Manassé Mutatu wafunguye amazamu ku ishoti riremereye yarekuye ku munota wa […]
Kigali: Bagiye gufata umurambo w’uwabo wapfiriye muri CHUK basanga warahawe abandi
Umuryango wa Habimana Diogène utuye mu murenge wa Gatenga w’akarere ka Kicukiro, uvuga ko wagiye gufata umurambo w’uruhinja baheruka kwibaruka rukitabira Imana mu bitaro bya Kigali (CHUK) basanga warahawe abandi ndetse waranashyinguwe. Ku wa 13 Mutarama ni bwo umuryango wa Habimana wibarutse, gusa nyuma y’umunsi umwe birangira yitabye Imana. Uyu muryango uvuga ko ubuyobozi bw’ibitaro […]
Waba Umunyarwanda, Umukarimojong cyangwa umu-Acholi; twese turi Abagande_Gen Katumba abwira Bobi Wine
Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi muri Uganda, Gen Katumba Edouard Wamala, yabwiye Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa kiriya gihugu ko yifuza ko umunsi umwe yazakiyobora; gusa amwihanangiriza ku kwimakaza ibijyanye n’amoko. Gen Katumba yabigarutseho ubwo we n’abarimo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine bari bahuriye mu muhango wo gushyingura Christopher Columbus Sembuya wahoze ari umunyemari ukomeye […]
Salma Mukansanga yasutse amarira nyuma yo kwandikira amateka mu gikombe cya Afurika
Umunyarwandakazi Mukansanga Rhadia Salma yafashwe n’ikiniga ararira, nyuma y’uko yari amaze kwandika amateka yo kuba umugore wa mbere usifuye Igikombe cya Afurika cy’abagabo. Ku mugoroba w’ejo ku wa Gatatu tariki ya 18 Mutarama ni bwo Mukansanga w’imyaka 33 y’amavuko yanditse aya mateka, ubwo yasifuraga umukino wa gatatu wo mu itsinda rya kabiri Syli National ya […]
Bwa mbere Alpha Condé yagaragaye mu ruhame kuva yahirikwa ku butegetsi
Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry, yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma y’amezi asaga ane ahiritswe ku butegetsi. Ku itariki ya 01 Nzeri 2021 ni bwo abasirikare ba Guinée bo mu mutwe udasanzwe bari barangajwe imbere na Col Mamady Doumbouya bahiritse ku butegetsi Alpha Condé, bishyira iherezo ku myaka irenga 10 yari amaze ayobora […]
FIFA The Best: Messi yatashye imbokoboko, Cristiano Ronaldo ahabwa igihembo cyihariye
Umunya-Pologne Robert Lewandowski ukinira ikipe ya Bayern Munich yo mu gihugu cy’u Budage, yaraye yegukanye igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku Isi mu mwaka w’imikino ushize. Ni mu bihembo bizwi nka FIFA The Best byatanzwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA). Lewandowski yegukanye iki gihembo ku nshuro ye ya kabiri, nyuma yo guhigika umunya-Argentine […]
Umunyezamu wa Côte d’Ivoire yapfushije se nyuma y’amasaha make akoreye ibara mu mukino wa Sierra Leone
Umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire, Badra Ali Sangaré, yapfushije se umubyara kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mutarama 2021. Sangaré yapfushije se nyuma y’amasaha make akoze ikosa rikomeye ryatumye Côte d’Ivoire inganya na Sierra Leone ibitego 2-2, ibura amahirwe yo guhita ibona itike ya 1/8 mu gikombe cya Afurika. Ikosa uyu munyezamu yakoze ryanatumye […]
U Rwanda na Uganda byaba byasubukuye ibiganiro ku mubano wabyo
Leta ya Uganda n’iy’u Rwanda zasubukuye ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru bigamije gusubiza mu buryo umubano w’ibihugu byombi umaze igihe warangiritse. Muri 2017 ni bwo ibihugu byombi byashwanye kubera ibirego kimwe cyagiye gushyira ku kindi. U Rwanda rushinja Uganda gufasha imitwe yitwaje intwaro igamije kuruhungabanyiriza umutekano, irangangajwe imbere n’uwa RNC wa Gen Kayumba Nyamwasa. […]
Real Madrid yegukanye Super Coupe ya Espagne, Benzema yandika amateka
Ikipe ya Real Madrid yegukanye Igikombe cya Super Coupe ya Espagne ku nshuro yayo ya 12, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Athletic Bilbao ibitego 2-0. Ibitego bya Luka Modric na Karim Benzema kuri penaliti ni byo byafashije iyi kipe y’umutoza Carlo Ancelotti kwegukana iki gikombe ku nshuro ya 12, isigara irushwa igikombe kimwe […]
Byinshi ku kwikinisha: Ibyiza n’ibibi byabyo ndetse n’uko wabicikaho
Abahanga mu by’ubuzima basobanura kwikinisha nk’igikorwa cyo kwishimira ibyiza by’igitsina cyawe ariko uri wenyine. Bavuga ko bitangira mu gihe umwana akiri muto, hamwe aba atangiye kujya akinisha igitsina cye, gusa kuri we nta yindi ntego aba afite. Ku bantu bakuru ho bikorwa hagamijwe kugera ku munezero wo kurangiza hadakozwe imibonano mpuzabitsina. Umugabo wikinisha nk’uko urubuga […]
Nta gisirikare ku Isi cyatsinda UPDF_Umuhungu wa Museveni
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yigambye ko nta gisirikare kibaho ku Isi gishobora gutsinda icy’igihugu cye. Ni mu butumwa uyu mugabo usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Nta gisirikare ku Isi cyatsinda UPDF. Turi igisirikare cy’abaturage bityo nta n’umwe ushobora […]
Rayon Sports yatandukanye burundu n’umutoza Masudi Djuma
Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gutandukana burundu n’Umurundi Irambona Masudi Djuma wahoze ari umutoza wayo mukuru. Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’iyi kipe, Nkurunziza Jean Paul, wabwiye Radiyo Rwanda ko hashize iminsi itanu impande zombi zitandukanye burundu. Mu Ugushyingo umwaka ushize ni bwo Masudi wari umaze amezi abiri ari umutoza wa Rayon Sports yari […]
Cabo Delgado: SAMIM na FADM bishe ibyibebe 31, bicirwa abasirikare 3
Ingabo z’umuryango wa SADC (SAMIM) zifatanyije n’iza Mozambique (FADM), zatangaje ko ziheruka kwivugana ibyihebe 31 byo mu mutwe wa Al Sunnah wa Jama’ah (ASWJ) umaze igihe warayogoje intara ya Cabo Delgado. Ibi byihebe byiciwe muri Operasiyo ebyiri zikomeye zabaye hagati y’Ukwakira 2021 na Mutarama 2022 nk’uko SAMIM yabyemeje mu itangazo rigenewe abanyamakuru. SAMIM yavuze ko […]
Centrafrique: Minisitiri Biruta yashyikirije ingabo z’u Rwanda ubutumwa bwa Perezida Kagame
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique azishyikiriza ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame buzifuriza umwaka mushya. Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda rwavuze ko Minisitiri Biruta wari uherekejwe na Brig Gen Vincent Nyakarundi ukuriye ubutasi muri RDF, ku wa Kane […]
RDC: Kabund yeguye ku mirimo ye nyuma y’umunsi umwe urugo rwe rutewe n’abajepe barinda Tshisekedi
Jean-Marc Kabund wari Visi-Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mirimo ye nyuma y’umunsi umwe urugo rwe rutewe n’abajepe barinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi bagata muri yombi abapolisi bose bari bashinzwe kururinda. Ku mugoroba wo ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo aba basirikare bateye urugo rwa Kabund unasanzwe ari […]
Rayon Sports irasezerera Youssef na Ayoub nyuma yo kuvuga ko babayeho nko muri gereza
Ikipe ya Rayon Sports biravugwa ko yamaze gufata icyemezo cyo gusezerera Youssef Rharb na Ait Lahssaine Ayoub bagasubira iwabo muri Maroc, nyuma yo gutangaza ko batishimiye ubuzima bari babayeho muri iriya kipe. Aba Barabu uko ari babiri bari barageze muri Rayon Sports mu mpeshyi y’umwaka ushize ibatijwe na Raja Casablanca yo muri Maroc basanzwe bafitanye […]
AFCON: Caméroun yabaye igihugu cya mbere kigeze muri 1/8 nyuma yo kunyagira Ethiopie
Ikipe y’Igihugu ya Caméroun, Les Lions Indomptables, yabaye iya mbere ikatishije itike y’Igikombe cya Afurika cya 2022, nyuma yo kunyagira Walias ya Ethiopie ibitego 4-1. Hari mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya mbere waraye ubereye kuri Stade ya Omnisport Paul Biya i Yaoundé. Ibitego bibiri bya Karl Toko Ekambi na bibiri bya Kapiteni […]
Kagere yahetse Simba SC, ayihesha Mapinduzi Cup
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yaraye yegukanye igikombe cya Mapinduzi Cup nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Azam FC igitego 1-0. Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe kuri Penaliti na rutahizamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, ni cyo cyafashije iyi kipe kwegukana kiriya gikombe nyuma yo kugitwarwa na Yanga Africans mu […]
Wa musifuzi wakoreye amahano mu muikino wa Mali na Tunisia yajyanwe mu bitaro
Umunya-Zambia Janny Sikazwe wasifuye umukino w’Igikombe cya Afurika ikipe y’Igihugu ya Mali yaraye itsinzemo iya Tunisia igitego 1-0, yajyanwe mu bitaro nyuma yo kuwukoreramo amahano. Les Aigles du Mali ya Mali na Les Aigles du Cartage ya Tunisia, bari bahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda rya gatandatu ari na ryo rya nyuma wabereye […]
Umusirikare wa FARDC yaguwe gitumo ari gusambanya intama
Umusirikare wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yaguwe gitumo n’abaturage bo mu gace ka Kibarizo ho muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru ari gusambanya intama. Byabaye ku wa Kabiri tariki ya 11 Mutarama 2022. Amakuru y’uko uriya musirikare wamenyekanye ku mazina ya Félix Balume yafashwe asambanya intama yemejwe n’umuyobozi wa […]
RDC: Kwa Kabund hatewe n’abajepe, abapolisi baharinda bose batabwa muri yombi
Abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida Félix Tshisekedi wa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bateye urugo rwa Visi-Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’iki gihugu, Jean-Marc Kabund, bata muri yombi abapolisi bose bashinzwe kururinda. Mu ijoro ryakeye ni bwo aba basirikare bateye urugo rwa Kabund unasanzwe ari Perezida w’inzibacyuho w’ishyaka UPDS rya Tshisekedi, mbere yo guta […]
Akarasisi k’abakomando ba TPDF mu byaranze isabukuru y’imyaka 58 y’impinduramatwara ya Zanzibar (Amafoto)

Kuri uyu wa Gatatu ibirwa bya Zanzibar byizihije isabukuru y’imyaka 58 ishize habaye impinduramatwara yasize uwari Sultan wa Zanzibar na Guverinoma ye yari yiganjemo Abarabu bahiritswe bagasimburwa n’Abanyafurika. Ku itariki ya 12 Mutarama mu 1962 ni bwo iyi mpinduramatwara yabaye. Ibirori byo kwizihiza iriya sabukuru byari biyobowe na Perezida wa Zanzibar Hussein Ali Mwinyi wari […]
Umusifuzi wigeze gusifurira Rayon Sports na Mamelodi Sundowns yakoreye ibara mu mukino wa Mali na Tunisia
Umusifuzi Janny Sikazwe wigeze gusifura umukino wa Rayon Sports na Mamelodi Sundowns, yakoreye ibisa nk’amahano mu mukino w’Igikombe cya Afurika ikipe y’igihugu ya Mali yahuriyemo na Tunisia. Les Aigles du Mali ya Mali na Les Aigles du Cartage ya Tunisia, bari bahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda rya gatandatu ari na ryo rya […]
Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19
Abanyarwanda babarirwa mu ijana kuva mu minsi mike ishize bahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko bahunga gahunda ya Leta yo gukingira icyorezo cya COVID-19. Amakuru avuga ko aba Banyarwanda bahungiye ku kirwa cya Idjwi kiri mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Congo Kinshasa, aho inzego z’ubuyobozi za kiriya gihugu zikomeje kubabaza […]
Abakinnyi ba Guinée-Conakry bari barasigaye i Kigali bageze muri Caméroun
Abakinnyi batatu b’ikipe y’igihugu ya Guinée-Conakry, Syli National, bari barasigaye i Kigali; kuri uyu wa Gatatu bamaze kugera i Yaoundé muri Caméroun bahasanze bagenzi babo. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo ikipe y’igihugu ya Guinée yahagurutse i Kigali aho yari imaze iminsi ikorera umwiherero, yerekeza mu gihugu cya Caméroun aho yari yitabiriye imikino y’Igikombe […]
Rwamagana: Abarenga 50 bajyanwe mu bitaro nyuma yo kunywa ikigage mu bukwe bwa Gitifu
Abantu 52 bo mu karere ka Rwamagana, bajyanwe kwa muganga nyuma yo kugubwa nabi n’ikigage banyoye mu bukwe bw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Nkungu ho mu murenge wa Munyaga. Ni ubukwe bwabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Amakuru avuga ko ubu bukwe bw’uyu muyobozi bwabereye mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza, ariko kwiyakira bibera […]
Brig Flavia Byekwaso ntakiri Umuvugizi wa UPDF
Igisirikare cya Uganda (UPDF) kuva ku wa Kabiri tariki ya 11 Mutarama 2022, gifite umuvugizi mushya. Umuvugizi mushya w’Igisirikare cya Uganda kuri ubu ni Lt Col Ronald Kakurungu wasimbuye Brig Flavia Byekwaso werekeje ku masomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Jinja. Uyu mugore wa kabiri mu bafite ipeti ryo hejuru mu gisirikare cya Uganda […]
Akanyamuneza ku maso ya Col Doumbouya ubwo yari akurikiranye umukino Guinée yatsinzemo Malawi (Amafoto)

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamady Doumbouya, yagaragaje akanyamuneza ubwo yari akurikiranye umukino Ikipe y’Igihugu cye (Syli National) yatsinzemo Malawi. Ejo ku wa Mbere tariki ya 10 Mutarama ni bwo Syli National yegukanye amanota atatu ya mbere mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu kiri kubera muri Caméroun, nyuma yo gutsinda Malawi igitego 1-0. Igitego cyo ku […]
Meddie Kagere yagejeje Simba ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup
Ikipe ya Simba Sports Club ibifashijwemo n’abarimo Umunyarwanda Meddie Kagere, yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup nyuma yo gutsinda Namungo FC ibitego 2-0. Kagere ni we wafunguriye iyi kipe ku munota wa 14 w’umukino, ku mupira umunya-Sénégal Pape Ousmane Sakho yinjiranye mu rubuga rw’amahina ateye ishoti rikurwamo n’umunyezamu Jonathan Nahimana; hanyuma Kagere […]
Burundi: Abasirikare 7 barimo Ofisiye bamaze gupfira ku ikosi rya gikomando mu cyumweru kimwe
Abasirikare barindwi b’u Burundi ni bo bamaze gupfa mu gihe kirenzeho gato icyumweru, ubwo bari mu myitozo ya gisirikare ibategurira kuba abakomando. Iyi myitozo yari imaze igihe ibera mu murwa mukuru w’Intara ya Gitega, yatangiye tariki ya 26 Ukuboza umwaka ushize. Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi avuga ko bariya basirikare bapfuye ahanini kubera inkoni […]
CAN: Mukansanga Salma yandikiye amateka mu mukino Guinée-Conakry yatsinzemo Malawi
Umunyarwandakazi Mukansanga Radia Salma, yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere usifuye Igikombe cya Afurika cy’ibihugu mu bagabo. Mukansanga w’imyaka 33 y’amavuko, yabigezeho kuri uyu wa mbere ubwo yasifuraga umukino wo mu tsinda rya kabiri Syli National ya Guinée-Conakry yatsinzemo Malawi igitego 1-0. Uyu mugore yari umusifuzi wa kane muri uyu mukino. Igitego cyo ku […]
RDF na FADM bemeranyije kwagura ubufatanye mu gukomeza guhashya ibyihebe muri Cabo Delgado
Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Mozambique kuri uyu wa Mbere byasinyanye amasezerano yo kwagura ubufatanye, mu rwego rwo gukomeza guhashya ibyihebe byugarije intara ya Cabo Delgado. Ni amasezerano yashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura n’uw’iza Mozambique, Joaquim Rivas Mangrasse wasuye Icyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura. Aya masezerano ari mu murongo […]
Rutshuru: Colonel muri NDC-R yaguye mu mirwano na FDLR
Inyeshyamba yo mu mutwe wa Nduma Defense of Congo Rénové (NDC-R), yaguye mu mirwano iherutse gusakiranya abarwanyi b’uyu mutwe n’abo mu mutwe wa FDLR. Iyi nyeshyamba yiyitaga Colonel Osama yaguye mu mirwano yasakiranyije NDC-R na FDLR yari yiyunze n’undi mutwe witwa CMC (Collectif des mouvements pour le changement). Ni imirwano yabereye muri Teritwari ya Rutshuru […]
V. Aboubakar yafashije Caméroun gutangira CAN 2021 itsinda Burkina Faso, Ethiopie itsindwa na Cap-Vert
Ikipe y’Igihugu ya Caméroun (Les Lions Indomptables) yatangiye neza imikino y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2021, nyuma yo gutsinda Les Etalons ya Burkina Faso ibitego 2-1. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ufungura iri rushanwa wabereye kuri Stade ya Omnisport Paul Biya iherereye mu gace ka Olembé i Yaoundé. Ibitego byombi byo mu gice cya […]
MINISPORTS yaciye bugufi, yemerera shampiyona gusubukurwa
Minisiteri ya siporo kuri uyu wa Gatandatu yashyize iva ku izima, yoroshya ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 yari yarashyiriyeho amakipe ndetse yemera ko shampiyona yongera gusubukurwa. Ku wa 30 Ukuboza 2021 iyi Minisiteri yari yasohoye amabwiriza mashya yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 yasize ibikorwa by’imikino bihagaritswe mu gihe cy’iminsi 30. Ni amabwiriza yamaganiwe kure […]
Agashya! Bwa mbere mu gikombe cya Afurika abavandimwe babiri bazaba bakinira ibihugu 2 bitandukanye
Amasaha abarirwa ku ntoki ni yo abura ngo i Yaoundé mu murwa mukuru wa Caméroun no mu yindi mijyi y’iki gihugu hatangire imikino y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2021. Umukino ugomba guhuza ikipe y’Igihugu ya Caméroun (Les Lions Indomptables) na Les Etalons ya Burkina Faso, ni wo uzafungura ku mugaragaro Igikombe cya Afurika kigiye kuba […]
Murumuna wa Gen Patrick Nyamvumba yasabye imbabazi Perezida Kagame
Robert Nyamvumba usanzwe ari umuvandimwe wa Gen Patrick Nyamvumba, yemeye ko yijanditse muri ruswa bituma asaba imbabazi Perezida wa Repububulika, Paul Kagame. Muri Nzeri 2020 ni bwo Robert Nyamvumba wahoze ari Umukozi ushinzwe Ishami ry’Ingufu muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yakatiwe gufungwa imyaka itandatu ndetse ategekwa no gutanga ihazabu ya miliyari 21.6 n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge […]
Ethiopia yungutse umusirikare wa mbere ufite ipeti rya Marshal (Amafoto)

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia akanaba Umugaba w’Ikirenga w’ingabo za kiriya gihugu, Dr Abiy Ahmed Ali, yazamuye mu ntera Gen Berhanu Jula amuha ipeti rya Field Marshal General. Ni umuhango wabereye i Addis Ababa mu murwa mukuru wa Ethiopia kuri uyu wa Gatandatu. Guverinoma ya Ethiopia ibinyujije kuri Twitter yayo yavuze ko Abiy yazamuye mu ntera […]
Muzehe Mayaka wamamaye mu kwerekana imipira i Nyamirambo yapfuye
Umukambwe Mayaka Emmanuel wamamaye mu Biryogo i Nyamirambo kubera kwerekana imipira yiganjemo iy’i Burayi yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rw’uyu mukambwe w’ikimenyabose i Nyamirambo yatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryakeye, mbere yo kwemezwa n’abo mu muryango we. Uretse kuba Mayaka yari azwi kubera inyubako ye izwi nko ‘Kwa Mayaka’ yerekanirwagamo imipira, anazwi cyane kubera […]
Rubavu: Umusaza w’imyaka 65 yahiriye mu kiraro
Umusaza w’imyaka 65 y’amavuko witwa Kabagema Sérathiel wo mu karere ka Rubavu, yahiriye mu kiraro yari aryamyemo ubwo yari arinze inka ze. Byabereye mu mudugudu wa Gahenerezo, mu kagari ka Rungu ho mu murenge wa Mudende w’akarere ka Rubavu. Mu ma saa yine na 50 zo mu ijoro ryakeye ni bwo byamenyekanye ko uyu musaza […]
FARDC yiciye ibyihebe 12 bya ADF muri Ituri
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko cyiciye abarwanyi 12 ba ADF mu duce twa Otomabere na Mambelenga two muri Teritwari ya Irumu ho mu ntara ya Ituri. Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt Jules Ngongo, yavuze ko bariya barwanyi biciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo za Congo ndetse n’inyeshyamba za ADF zihuje […]
Nyaruguru: Abasore babiri bavukana basuye nyina, barwanirayo umwe yica undi
Abasore babiri, Munyeshyaka Faustin w’imyaka 30, wabarizwaga mu Mujyi wa Huye na Karemera Célestin w’imyaka 27, wabarizwaga i Kigali, bava inda imwe kwa Se na Nyina, basuye nyina muri iyi minsi isoza umwaka w’2021, barwanira mu nzu iwabo, mu mudugudu wa Mpanda, akagari ka Mpanda, umurenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru, uyu Karemera yica Munyeshyaka. […]
Syli National yageze muri Caméroun nyuma yo gukorera umwiherero i Kigali (Amafoto)

Ikipe y’Igihugu ya Guinée-Conakry, Syli National, yamaze kugera i Yaoundé muri Caméroun aho yitabiriye imikino y’Igikombe cya Afurika cya 2021. Abagize ikipe ya Guinée bageze i Yaoundé bakubutse hano i Kigali, aho bari bamaze hafi icyumweru bakorera umwiherero. Ni umwiherero wasize Guinée ikinnye imikino ibiri ya gicuti n’Amavubi y’u Rwanda, umwe iwutsindwamo ibitego 3-0 mu […]
Umupfumu yabwiye Sadio Mané ko nakina umukino wa Sénégal na Bénin azicwa n’umutima
Umunya-Sénégal Sadio Mané usanzwe akinira Liverpool yo mu Bwongereza, yabwiwe n’umupfumu w’umunya-Bénin ko naramuka akinnye umukino ikipe y’igihugu cye izahuriramo n’iya Bénin azicwa n’umutima. Mané na bagenzi be ba Les Lions de la Teranga bari kwitegura imikino y’Igikombe cya Afurika iteganyijwe kubera muri Caméroun aho baherereye mu tsinda rya kabiri ry’Igikombe cya Afurika ririmo ikipe […]
Zongeye kubyara amahari hagati ya Sadate na Karenzi umushinja ubugome no gushaka kumushyirishamo

Umunyamakuru Sam Karenzi uri mu ba Siporo bakunzwe hano mu Rwanda, yongeye kwisanga mu ntambara y’amagambo na Sadate Munyakazi ashinja ubugome no gushaka kumushyirishamo. Mu minsi yashize Karenzi usanzwe ari umuyobozi wa Radiyo Fine FM na Sadate Munyakazi wahoze ayobora Rayon Sports na bwo bateranye amagambo igihe kirekire, gusa nyuma baza gutangaza ko biyunze. Intambara […]
Guinée Conakry yihoreye ku Mavubi mbere yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika
Ikipe y’Igihugu ya Guinée Conakry, Syli National’, yatsinze Amavubi y’u Rwanda ibitego 2-0 mbere yo guhaguruka i Kigali yerekeza muri Caméroun aho igomba kwitabira imikino y’Igikombe cya Afurika. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, nyuma y’ubanza Amavubi yari yatsinzemo Syli National ibitego 3-0 ku wa Mbere w’iki […]
Uvira: Sosiyete Sivile yamaganye abasirikare b’u Burundi bari ku butaka bwa RDC
Sosiyete Sivile yo muri Teritwari ya Uvira yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ingabo z’u Burundi zimaze icyumweru kirenga muri kariya gace. Amakuru avuga ko kuva tariki ya 23 Ukuboza 2021 abasirikare barenga 400 b’u Burundi ari bo bari ku butaka bwa Congo Kinshasa, aho bagiye […]
Ikipe y’Igihugu ya Maroc yitabiriye Igikombe cya Afurika yitwaje amatoni y’ibiryo
Ikipe y’igihugu ya Maroc, Les Lions de l’Atlas, yatumye ab’i Yaoundé mu murwa mukuru wa Caméroun bakangarana nyuma yo gukora agashya ubwo yahageraga yitabiriye irushanwa ry’Igikombe cya Afurika. Itsinda ry’intumwa 86 za Maroc ririmo abakinnyi 28, abatoza ndetse n’abayobozi ryageze muri Caméroun ku Cyumweru, rihasanga amakipe y’ibihugu bya Ethiopia, Sudani na Zimbabwe yahageze mbere akahakorera […]
Koreya: Wa muntu washoboye kunyura mu gace karinzwe kurusha utundi ku Isi ntawe umubonye yamenyekanye
Umugabo uherutse kwambuka agace karinzwe cyane kurusha utundi ku Isi gatandukanya ibihugu bya Koreya ya Ruguru n’iy’Amajyepfo nta muntu umubonye, yamenyekanye. Ku Cyumweru tariki ya 2 Mutarama 2022 ni bwo Minisiteri y’Ingabo ya Koreya y’Epfo yatangaje ko ku wa 1 Mutarama 2022, umuntu utarahise amenyekana yabashije kwambuka ubutaka budakandagiramo abasirikare buzwi nka DMZ butandukanya iki […]
Naby Keita wa Liverpool yageze i Kigali mbere y’uko we na bagenzi be bongera guhura n’Amavubi
Umunya-Guinée Conakry, Naby Keita ukinira ikipe ya Liverpool yo mu gihugu cy’u Bwongereza, yaraye ageze i Kigali mbere y’uko we na bagenzi be bakinana mu kipe y’Igihugu bongera kwipima n’Amavubi y’u Rwanda. Naby Keita usanzwe ari Kapiteni wa Guinée yaraye ageze i Kigali ku mugoroba w’ejo nk’uko bigaragara muri videwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Guinée […]
Burundi: Minisitiri w’Intebe Bunyoni yahaye impano idasanzwe Perezida Ndayishimiye
Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yageneye impano Perezida wa kiriya gihugu, Gen Evariste Ndayishimiye. Ni nyuma yo gusoza amasengesho y’iminsi ine yari yarateguwe n’Umukuru w’igihugu mu rwego rwo gushima Imana, akaba yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Warakoze Mana.” Ni amasengesho yaberaga mu ntara ya Bujumbura Bunyoni avukamo, yitabirwa n’abategetsi batandukanye muri Guverinoma y’u […]
Guinée: Bwa mbere Alpha Condé yahawe uruhushya rwo gusohoka mu gihugu kuva ahiritswe ku butegetsi
Agatsiko k’abasirikare bahiritse Alpha Condé ku butegetsi bwa Guinée Conakry, kamwemereye gusohoka igihugu ku nshuro ya mbere kuva kamuhiritse. Itangazo ryasomewe kuri Televiziyo y’Igihugu ejo ku wa Gatanu rivuga ko Condé yemerewe kujya hanze y’igihugu mu rwego rwo gukurikirana ubuzima bwe. Agatsiko kamuhiritse ku butegetsi muri Nzeri umwaka ushize kavuze ko atagomba kurenza ukwezi kumwe […]
Padiri Thomas Nahimana yangiwe gukorera imyigaragambyo i Paris
Leta y’u Bufaransa ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukuboza 2021, yangiye Padiri Nahimana Thomas gukora imyigaragambyo yagombaga gukorera i Paris mu murwa mukuru wa kiriya gihugu. Uyu mupadiri uvuga ko arwanya Leta y’u Rwanda yari yateguye imyigaragambyo yo kwamagana icyemezo cya Leta y’igihugu cya Niger cyo kwirukana Abanyarwanda umunani bari bamaze igihe gito baba […]
Perezida wayoboye u Burundi iminsi 6 yapfuye
François NGEZE wigeze kuyobora u Burundi mu gihe cy’iminsi itandatu, yitabye Imana ahitanwe n’indwara ya kanseri yari amaranye igihe. Urupfu rw’uyu mukambwe w’imyaka 68 rwabaye ku wa Kane w’iki cyumweru nk’uko ibitangazamakuru by’i Burundi byabitangaje. Ngeze yahoze ari Minisitiri w’umutekano mu Burundi mu gihe cy’ubutegetsi bwa nyakwigendera Pierre Buyoya. Hagati y’itariki ya 21 n’iya 27 […]
IRMCT yasabye Niger kutirukana ba Banyarwanda yaherukaga gusaba kuva ku butaka bwayo
Urugereko rwashinzwe kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga (IRMCT), rwasabye leta ya Niger kuba ihagaritse icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda umunani yari yakiriye barekuwe n’urwo rwego. Bikubiye mu mwanzuro urwo rwego rwafashe kuri uyu wa gatanu. Ku wa 27 Ukuboza mu mwaka ushize Leta ya Niger ni bwo yari yahaye bariya Banyarwanda barimo abagizwe abere ku byaha […]