Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi
Abasore batinda gushaka bahorana impamvu zifatika nâizo bamwe babona nkâizidafatika, bituma bakomeza basubiza inyuma iminsi yo kurushinga. Kuri bamwe biratangaza kumva umusore avuga ko ategereje Master Plan (igishushanyo mbonera) ngo arongore. Umusore umwe wâimyaka irenga 35 mu mujyi wa Kigali, afite akazi nâimodoka ye ariko ngo ababyeyi baramurambiwe. Avuga ko ategereje igishushanyo mbonera gishya ngo […]
Etiyopiya: Abasaga 48 bahitanywe nâubunyereri bwâubutaka abandi baburirwa irengero
Guhera kuwa gatandatu wâicyumwru gishize tariki ya 12 Werurwe 2017, abantu basaga 48 mu murwa mukuru wa leta ya Etiyopiya, Addis Abeba, bamaze kubarurwa ko bahitanywe nâubutaka bwatirimutse mu gihe abandi batari bacye bagikomeje kuburirwa irengero. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Daily nation cyo muri Kenya dukesha iyi nkuru kivuga ko ubu ubu bunyereri bwâubutaka bwahitanye imbaga bwatewe […]
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa mu Burundi
Ku italiki ya 11 Werurwe uyu mwaka, Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije moto 2 bene zo zibwe mu bihe bitandukanye, zikaba zarafashwe ku bufatanye nâabaturage, zigiye kwambutswa mu gihugu cyâu Burundi; akaba ari nako ifunze abagabo babiri bari inyuma yâubujura bwâimwe muri ziriya moto. Moto zatanzwe ni Suzuki TF GPM 055C yari yaribwe […]
Uwamahoro Violette yaje mu Rwanda yikandagira nâubundi akeka ko azafungwa
Uwamahoro Violette ni Umunyarwandakazi ufite ubwenegihugu bwâu Bwongereza ufungiye mu Rwanda nyuma yo gufatwa na Polisi kubera ibyaha acyekwaho. Umugabo we Rukundo avuga ko nâubundi umugore we yaje bakeka ko azafatwa agafungwa. Nyuma yo kumenya ko umugore we yafatiwe mu Rwanda, Faustin Rukundo, umugabo wa Violette aganira nâitangazamakuru yatangaje ko umugore yaje akeka ko azafatwa […]
Kaka yasabye Neymar guhindura izina akabona kuba icyamamare ku isi
Nyuma yâibitego Neymar yatsindiye ikipe FC Barcelona akinira, ku wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2017, iyi kipe ikabasha gutsina ibitego 5-1 cya Paris Saint-German, mugenzi we Kaka wahoze muri Real Madrid yamusabye kuba yahindura izina. Ricardo Izecson dos Santos (KakĂ ÂĄ) yasabye Neymar guhindura izina akitwa Reymar, ko aribwo azabasha kugera kure muri ruhago ndetse […]
Abantu bitwaje intwaro barashe abantu 2 mu Rwanda bahungira i Burundi
Igisirikare cyâu Rwanda kiratangaza ko hari abantu 2 b’abasivile barashwe nâabantu bitwaje intwaro mu karere ka Rusizi, umurenge wa Bugarama, akagari ka Ryankana, umudugudu wa Kabuga. Mu itangazo ryashyizweho umukono nâumuvugizi wâingabo zâu Rwanda, Lt Col RenĂ© Ngendahimana, rigaragaza ko abo bantu bishwe ahagana saa saba zâijoro 01:00 zo kuri uyu wa 12 Werurwe 2017. […]
Musanze: Umugororwa yarashwe arapfa ubwo yageragezaga gucika
Niyitegeka Emmanuel wari ufite imyaka 26 y’amavuko, yarashwe ahita yitaba Imana ubwo yuriraga urukuta rwa gereza ya Musanze yari afungiyemo ashaka gutoroka. yari yarakatiwe igifungo cy’umwaka umwe n’igice [amezi 18]. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Werurwe 2017, nibwo uyu musore yarashwe (17:45) yitaba Imana. Yakomokaga mu karere ka Gakenke. Hari […]
Umukobwa wâimyaka 21 ushaka umukunzi
Ndumukobwa mfite imyaka 21 nshaka umusore ufite imyaka 25-40 NB: ufite gahundo yo kubaka afite urukundo kd arumudiventiste wumunsi wa karindwi abyujuje yanyandikira kuri whtssp 0727664112 murakoze. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter @Bwiza.com
Inyubako nshya ya P-Square- REBA AMAFOTO
Abasore bâimpanga (Peter Okoye na Paul Okoye) baririmba mu njyana ya R&B babicishije ku rukuta rwabo rwa Instagram, aba basore bakomoka muri Nigeria bashyize hanze amafoto yâinzu yab0 nshya. Iyi nzu nshya yâaba basore, iherereye mu mujyi wa Lagos mu gace ka Banana Island, iyi nzu ngo ikaba ari nkâimpano bigeneye yâimyaka 35 yâamavuko bujuje […]
Nyamagabe: Abagize komite zo kurwanya ibyaha bahawe ikiganiro ku kunoza imikorere yabo
Abagize komite zâabaturage zo gukumira no kurwanya ibyaha 82 bo mu murenge wa Mbazi, bahawe ikiganiro ku gukomeza kuzuza neza inshingano zabo ; bakora amarondo anoze, batangira amakuru ku gihe yâikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano kugira ngo habeho gukumira. ubu butumwa babuhawe tariki ya 9 Werurwe, bashishikarizwa gukoresha neza ikayi yâabinjira nâabasohoka mu midugudu yabo […]
Umunyamisiri Eman Ahmed, yavuye ku biri 500 ageze kuri 400 aho arimo kuvurirwa- AMAFOTO
Eman Ahmed Abd El Aty, umugore wâimyaka 37 yâamavuko ukomoka mu gihugu cya Misiri ubu akaba arimo kuvurirwa mu gihugu cyâUbuhinde. Ubu amaze gutakaza ibiro 100 kuri 500 yari asanganwe. Uyu mugore ufatwa nkaho ari we mugore ufite ibiro byinshi ku isi, abaganga bo mu Buhinde bamupimye uburwayi bwâImidido (Ă©lĂ©phantiasis), uburwayi bukunze kubyimbya amaguru nâibindi […]
Umugabo yafashwe agerageza kwinjira mu biro bya Perezida Trump
Inzego z’ubutasi muri Amerika zavuze ko umugabo wari ufite igikapo yatawe muri yombi nyuma yo guca ku biro by’umukuru w’igihugu wa Amerika bizwi ku izina rya White House. Ku wa Gatanu tariki ya 10 Werurwe 2017, ubwo ibi byabaga Perezida Donald Trump yari mu biro bye ariko inzego z’iperereza zivuga ko nta kintu cyahungabanya umutekano […]
Nyabihu: Umumotari yafatanwe ibiyobyabwenge abyambariyeho
Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, ku itariki ya 10 Werurwe ahagana saa yine zâamanywa, yafashe umumotari witwa Nturanyenabo Jean Bosco wâimyaka 25 ahetse mu mugongo we amapaki 360 yâinzoga itemewe ya blue sky.Ubu afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi yâu Rwanda ya Mukamira. Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda mu Ntara yâu Burengerazuba Chief […]
Inyeshyamba 7 za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ zishwe nâabasirikare ba FARDC
Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyishe abarwanyi 7 bâinyeshyamba za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Simba, ubwo bakozanyagaho mu ijoro ryo ku wa 9 Werurwe 2017. Iyo mirwano yabereye mu gace kazwiho ubucukuzi bwâamabuye y’agaciro ka Muchacha muri teritwari ya Mambasa muri Ituri. Nkâuko umuvugizi wâigisirikare cya Congo muri Ituri, yabitangarijwe radiyo Okapi dukesha iyi nkuru, izi nyeshyamba […]
Col Baratuza yagize icyo avuga ku musirikare wâu Burundi uherutse kwirukanwa muri Somalia
Hashize iminsi mike amakuru atangajwe ko umusirikare wâu Burundi, Caporal-chef LĂ©on Niyonkuru yirukanwe muri Somalia aho yari yaroherejwe nâabandi basirikare bâu Burundi mu butumwa bwo kugarura amahoro. hatangazwaga byinshi kuri we bitandukanye. Colonel Gaspard BARATUZA, umuvugizi wâigisirikare cyâu Burundi yatangaje ko uyu musirikare yarenze ku mategeko agenga abasirikare bari mu butumwa bwâamahoro (AMISOM), afashwe arirukanwa. […]
Imana izi ibyawe
Iryo nijambo ryimana kubara 23:16 uwiteka amenya ko yahaye umugishya abisirayeri baramu na baraki babibeshyaho bashaka kubavuma. Mu ubuzima abantu ntibamenya ibyo Imana yavuze kumuntu ni ibanga rikomeye nibwo bakubona ukennye bakakwibeshyaho ko utazagira icyo ugeraho, babona nta inzu ufite bagirango uwiteka ntakuzi, babona ntakazi bakunvako ntako uzigera ubona, ariko uwiteka azi ibyawe ndetse yabimenye […]
Kayonza: Barashinja umugore gutwara abakobwa Uganda abatesheje impinja
Abaturage bâumurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barashinja umugore witwa Nyirahabimana Henriet kujyana abakobwa mu gihugu cya Uganda bagata abana bâimpinja. Abo ni abatuye mu kagari ka Rukara bavuga ko hashije ibyumweru bibiri atwaye umwana wâumukobwa wabyaye ata umwana wâamezi atanu. Umwe mu baturage utarashatse ko izina rye ritangazwa avuga ko amaze igihe ajyana […]
Brig Gen Semugeshi wavuye muri FDLR arakekwaho ubwicanyi
Brig Gen Semugeshi CĂŽmes wahoze ari umurwanyi wâingabo za FDRL, wari umaze igihe ashakwa nâ Ingabo za Congo nyuma akaza kugezwa mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 9 Werurwe,2017 azanywe na Monusco ,arakekwaho kugira uruhare mu bwicanyi butandukanye bwagiye bugwamo abantu benshi. Umuhuzabikorwa akaba nâumuyobozi wâikigo gikora ubushakashatsi kuri Demokarasi no kurengera uburenganzira bwa […]
Umugabo yarongoye umukobwa we nyuma yo gutandukana na nyina
Byabereye mu gace ka Sonfonia kari muri birometero 25 uvuye mu Burasirazuba bwâUmujyi wa Conakry (Muri Guinea). Umugabo uzwi cyane muri ako gace ucuruza amavuta ava mu mikindo akaba yararongoye umukobwa we nyuma yo gutandukana nâumugore. Ubwo yari amaze gutandukana (divorce) nâumugore we, yakoresheje amafaranga menshi arihirira abakobwa be bavutse ari impanga, umwe muri bo […]
Rwamagana: Inkende ziba mu mujyi zikomeje guhohotera abaturage
Aba baturage bavuga ko izi nkende zari zorowe nâumuganga wahabaga witwa Gasana Jean Baptiste. Nyuma ngo yaje gupfa mbere gato ya 2010. Izi nkende ngo zari 3, zihamaze imyaka irenga 20, zabanaga nâinkanga. Abavandimwe ba Gasana baraje batwara inkanga i Kigali, basiga inkende, nazo niko kwirara mu ngo zâabaturage no mu isoko rya Rwamagana zishaka […]
Ubudage bwashyiriyeho abimukira urubaga rwo kwigiraho uburyo bwo gukora imibonano mpuzabitsina
Leta yâUbudage ifite abimukira basaga miliyoni imwe, ibi ibibona nkâikibazo gikomeye ko aba bantu ari benshi mu muco wabo. Yabashyiriyeho urubuga rwa internet rwâumwihariko bazajya baboneraho inama zo kuzuza amabanga yâurugo. Uru rubuga ruriho inyigisho, uburyo umugabo akoramo imibonano mpuzabitsina nâumugore we ndetse nâandi mabanga yo kunoza iki gikorwa. Ibi ngo bizajya bifasha indaya, abakeneye […]
Komisiyo Nzahuratorero ishinjwa gukora kinyeshyamba no kugambanira ubuyobozi bwa ADEPR
Abakirisito 3 bo mu itorero rya pentekote mu Rwanda (ADEPR) batangaje ko bitandukanyije na komisiyo Nzahuratorero bo bita ko nta kiza basanze igamije uretse gushaka kwangisha abakiristo ubuyobozi bafite. Bavuga ko iyo basubije inyuma amaso, basanga nta mpamvu ifatika yari yatumye bajya muri iyi Komisiyo. Binjiyemo babwirwa ko hari ibitagenda mu itorero kubera abayobozi bakuru […]
Uganda:Umugabo yataye umugore we amuziza kubyara impanga zâabana batatu
Umugore wâimyaka 27 yâamavuko wo mu Karere ka Rubanda mu gihugu cya Uganda yatawe nâumugabo we amuziza kubyara impanga zâabana batatu. Nakisancia Kyompaire amaze ukwezi nâigice abyaye aba bana aho umwe yamubyariye mu bitaro bya Kaara nyuma akoherezwa mu bya Kisoro arinaho yaje kubyarira abandi babiri. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Akomeza avuga ko ari ubwa kabiri abyaye […]
Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba inka mu Rwanda
Ngo kimwe mu bitera umutekano muke mu Kiyaga cya Cyohoha ni abarundi bacyifashisha bambuka bakaza kwiba inka mu Rwanda. Ibi bikaba byarashimangiwe nâabarobyi bari bitabiriye inama yayobowe nâUmuyobozi wâagashami gashinzwe ibikorwa byose bibera mu mazi yâu Burundi no guteza imbere ibyambu , Nyandwi Gerard . Nyandwi muri iri nama akaba yavuze ko Leta yâu Burundi […]
Rwanda:Abaturage barinubira umusoro bakwa ku butaka utajyanye nâubushobozi bwabo
Abaturage batandukanye bakomeje kugaragaza ko batishimira umusoro batanga ku butaka ahanini utajyanye nâubushobozi bwabo ndetse ukaba ntaho uhuriye nâibyo babusarura mo. Bamwe mu baturage bemeza ko usanga basoreshwa amafaranga menshi kandi wajya kureba ibihingwa kuri ubwo butakaba cyangwa ibindi bibukorerwago ugasanga bitandukanye kure bityo bakaba basaba ko gusoreshwa byajye bijyana nâubushobozi bwâumuntu cyane cyane hagendewe […]
Uganda:Umusirikare yapfuye yiyahuye mu Kiyaga cya Victoria
Abaturage ndetse nâabacuruzi bo ku Cyambu cya Nakiwogo mu Karere ka Wakiso batunguwe ndetse bagwa mu nkantu nyuma yo kubona umusirikare wabarizwaga mu mutwe wâingabo zirwanira mu Kirere mu gihugu cya Uganda yiyahura mu kiyaga cya Victoria ku mpamvu zidasobanutse ubwo yari kumwe nabo mu bwato. Abagenzi bari kumwe na Kaporali Erisa Mbisa mu bwato […]
Kirehe: Batatu bafatanywe icyuma gikoreshwa mu kuhira imyaka mu mirima
Polisi ikorera mu karere ka Kirehe ifunze abagabo batatu aribo Dushimirimana J.Baptiste wâimyaka 23 yâamavuko , Asiimwe Fred wâimyaka 37 na Niyomugabo Marcel wâimyaka 27; bafashwe nyuma yâumukwabu wakozwe na Polisi bagafatanwa icyuma cyâimashini cyari cyaribwe mu mushinga witwa âNasho Irrigation Project IIâ ahakorerwa imirimo yo kuhira imyaka mu mirenge ya Nasho na Mpanga , […]
Burundi :Abayoboke 11 bâIshyaka rya FNL batawe muri yombi
Abayoboke 11 bâIshyaka rya FNL riyobowe na Visi Perezida wa Mbere wâInteko Ishinga Amategeko yu Burundi,Agathon Rwasa batawe muri yombi muri Komini ya Nyanza ,mu Ntara ya Mukamba. Umudepite uhagarariye Intara ya Mukamba mu Nteko inshinga Amategeko yâu Burundi , RĂ©novat Nduwumwami avuga ko aba bayoboke batawe muri yombi nâigipolisi gifantanyije nâUrubyiruko rwâIshyaka riri ku […]
U Bushinwa bugiye gushyira ahagaragara indege itagira umudereva itagaragara
Leta yâu Bushinwa yatangaje koi maze neza kunoza no gutangira gushyira mu bikorwa umushinga wâindege itagira umudereva izwi nka Drone, iyo ndege ikaba irimo amoko 2, aho ubwoko bumwe buzajya bubasha gukurikirana ibiguruka hejuru mu kirere kure naho ubundi bukerekana amakuru ari yâibibera hafi yâubutaka. Ikinyamakuru China Daily cyatangaje ko hari uruganda ruzwi nka CASIC […]
Umuhanzi Sheeba Karungi agiye gushyira hanze amashusho yâindirimbo ye nshya âOmuntuâ
Umuhanzikazi wo muri Uganda Sheeba Karungi umaze kumenyekana cyane mu karere agiye gushyira hanze amashusho yâindirimbo nshya âOmuntuâ yakoranye nâundi muhanzikazi na we wabiciye bigacika muri kiriya gihugu Lydia Jazmine Aba bahanzikazi bamenyekanye cyane mu ndirimbo zagiye zikora ku mitima ya benshi kubera uburyo zigaruka cyane mu buzima bwa buri munsi bwâabaturage, bari babanje gusohora […]
Imyanzuro 26 yâUmwiherero wa 14 wâabayobozi bâigihugu
Ku ya 2 Werurwe ,2017 nibwo hasojwe umwihirero wâAbayobozi bakuru mu Karere ka Gatsibo muri RDF Combat Training Center-Gabiro. Uyu mwiherero wabaye ku nshuro ya 14 ,wayobowe na Perezida wa Repubulika yâu Rwanda,Paul Kagame , wamaze Icyumweru ukaba watangiye ku ya 25 Gashyantare ,2017. Atangiza uyu mwiherero , Perezida Kagame yashimiye abayobozi ku ruhare bagira […]
Abakinnyi 10 bahiga abandi mu gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona yo mu Rwanda
Nkâuko bigaragara ku rubuga rwa Federasiyo yâigihugu yâumupira wâamaguru, Usengimana Dany ukinira ikipe ya Police Fc ni we uza ku mwanya wa mbere ku rutonde nâibitego 13 mu gihe ku mwanya wa 9 nâuwa 10 haza abakinnyi 2 banganya ibitego ari bo Moussa Camara ukinira ikipe ya Rayon Sports ndetse na Ssentongo Faruk ukinira ikipe […]
Abantu 1126 bakurikiranyweho gucunga nabi amafaranga ya leta
Inzego za leta na Sosiyete Sivile ziyemeje guhuza imbaraga mu gucunga imari ya leta. Umushinjacyaha ushinzwe gukurikirana ibyaha bimunga ubukungu bwâigihugu avuga ko hari amadosiye yamaze gushyikirizwa inkiko. Harimo abantu basaga 1126 bakurikiranyweho amafaranga yâu Rwanda miliyari 40. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Izi nzego zabigaragaje zihereye ku nyingo yakozwe nâUmuryango urwanya ruswa nâakarengane (Transparency International Rwanda-TI-Rw). Inyigo […]
Gishari: Abapolisikazi barasabwa kuba intangarugero mu kazi kabo
Ministre Johnston Busingye arasaba abapolisi b’abagore guhora baba intangarugero mu mwuga wabo kugira ngo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakomeze kubagirira icyizere. Ibi yabitangarije i Gishari mu Karere ka Rwamagana, ubwo yatangizaga Ihuriro rya 8 ry’abapolisi b’abagore, ihuriro riganirirwamo ibijyanye no kunoza umwuga wabo no kwimakaza ihame ry’uburinganire. Abapolisi bagera kuri 800 ni bo bitabiriye iri huriro ngarukamwaka […]
Abagande 2 biciwe muri Sudani yâEpfo
Abacuruzi bâAbagande 2 bishwe nâabantu bataramenyekana bitwaje intwaro ku mu handa uva I Nimule werekeza Juba muri Sudani yâEpfo. Ibi bikaba byarabaye ejo ku wa Kane tariki ya 9 Werurwe ,2017 nkâuko bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nâumuyobozi wungirije wa Polisi ya Uganda akaba nâumuvugizi wayo, Andrew Felix Kaweesi. Iryo tangazo rigira riti âEjo ku […]
Burundi: Abanyeshuri 4 bafunzwe bazira ko batembereye mu Rwanda
Polisi yo mu karere ka Busiga, intara ya Ngozi mu gihugu cyâu Burundi yataye muri yombi abanyeshuri 4 bo muri kiriya gihugu ikaba ibamaranye iminsi 5 bazira ko baje mu butembere mu Rwanda. Amakuru atangwa na RPA Ngozi yo mu Burundi aravuga ko imiryango yâaba banyeshuri ihangayikishijwe no kuba itazi aho abana babo baherereye gusa […]
Mbarushimana yavuze ko yavukijwe uburenganzira bwe
Umucamanza mu rukiko rukuru mu Rwanda yanze icyifuzo cya bwana Emmanuel Mbarushimana cyo gusubika urubanza mu gihe cy’amezi abiri. Uregwa aravuga ko ari bwo buryo bwiza bwo gutegura imyireguriye ye. Umucamanza yavuze ko ubusabe bwe nta shingiro bufite. Uru rubanza rurabura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo rugere ku musozo. Mbarushimana araburana n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda ibyaha […]
Papa Francis yavuze ko abantu barongoye bashobora guhugurwa bakaba abapadiri
Umushumba mukuru wa kiliziya Gatulika ku isi, Papa Francis yatangaje ko abagabo bakuze bashobora kuba abapadiri mu gihe biyemeje kuyoboka inshingano za Kiliziya, ibi bigakorwa cyane ahantu hakiri ikibazo cyâabapadiri bacye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Amakuru dukesha yahoo.com avuga ko ibi yabitangaje kuri uyu wa kane tariki ya 9 Werurwe 2017, mu kiganiro yagiranye nâabakirisitu bo mu […]
Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye
Mu gihe hari amakuru amaze iminsi acicikana mu binyamakuru hibazwa umukino Leta ya Uganda yaba irimo gukina nâabarwanyi ba M23 bajya guhungabanya umutekano muri Congo bakagaruka muri Uganda, igisirikare cya Uganda cyatangaje ko kitazihanganira aba barwanyi mu gihe bazaba bagarutse. Umugaba mukuru wâingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, avuga ko umurwanyi wese wa M23 watorotse […]
Nigeria: Perezida Buhari yanze gutangaza uko ubuzima bwe buhagaze mbere yo kugaruka
Nyuma yâuko Perezida wa Nigeria Muhamadu Buhari agiye kwivuza mu gihugu cyâu Bwongereza guhera mu kwezi kwashize, biteganyijwe ko ari bugaruke mu gihugu cye ariko akaba yirinze gutangaza uko ubuzima bwe buhagaze nyuma yâigihe gisaga ukwezi mu gihe yari yagiye ateganya ko azamarayo iminsi 10 gusa. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Mu butumwa bwatanzwe mu buryo bwâinyandiko binyujijwe […]
Dr.Kizza Besigye yifatanyije nâabagore barwanya Perezida Trump
Ku wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe,2017 ubwo Isi yose yizihazaga umunsi wahariwe abagore ,Dr.Kizza Besigye utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Museveni , yifatanyije nâabagore barwanya Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika , Donald Trump mu myigaragambyo yabereye mu mujyi wa New York . Dr.Besigye akaba yaragaragaye yambaye umupira utukura nkâumwambaro warangaga abigaragambya ndetse abicishije […]
Polisi irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye
Polisi yâu Rwanda irasaba abatunze inyamaswa zororerwa mu rugo cyane cyane imbwa, kuzitaho bakamenya ubuzima bwazo bwa buri munsi, zikaguma aho ziri, igihe zirwaye zikavurwa ndetse zikanakingizwa, kuko iyo bitagenze gutyo ziteza ibibazo bitandukanye. Ubu ni ubutumwa butangwa nâUmuvugizi wa Polisi yâu Rwanda mu Mujyi wa Kigali Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu, nyuma yâuko […]
Abakozi ba Loni mu Burundi barashinjwa kubogamira ku ruhande rwâabarwanya Leta
Ibi ni ibyatangajwe na Gaston Sindimwo, icyegera cya kabiri cyâumukuru wâigihugu, aho yasabye ko abakozi ba Loni mu Burundi bikwiye ko bahindurwa, abashinja kubogama. Aganira na BBC, yatangaje ko ibi abivuze mu izina rye bwite ko atabivugiye Leta, ariko agasaba ko byashakirwa umuti. Avuga ko aba bakozi ba Loni bikwiye ko bahindurwa. Abashinja kuganira nâuruhande […]
Afurika yâEpfo : Abanyeshuri bagaragaje umushinga wâicyogajuru cya mbere muri Afurika cya gisiville
Icyogajuru cya mbere kizagaragara muri 2017, kiri gukorwa nâabakobwa 14 bo muri Afurika y’epho. Bagize igitekerezo cyo gukora icyogajuru kizajya gikurikirana amakuru agendanye nâibikorwa byâubuhinzi ku mugabane wa Afurika ibyo bizafasha abaturage bo muri Afurika guhangana nâimihindagurikire yâikirere nâibiza bya hato na hato. Igitekeezo nyirizina cyo gukora iki cyogajuru ( satellites) cyazanywe nâUmushinga wo muri […]
Ruhago: U Rwanda rwazamutseho imyanya 7 ku rutonde rwa FIFA
Ku rutonde ngarukakwezi rwâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru ku isi (FIFA), ikipe yâigihugu âAmavubiâ yazamutseho imyanya 7 rusubira ku mwanya wa 93. Muri Afurika rukaza ku mwanya wa 24. Urutonde rwashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2017. U Rwanda rwisubije uyu mwanya wa 93 ruvuye ku 100 . Mu kwezi gushize nibwo rwari […]
Brig Gen Semugeshi wahoze muri FDLR yagejejwe mu Rwanda
Ingabo zâumuryango wâAbibumbye agashami gashinzwe kugarura amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) zagejeje mu Rwanda uwahoze ari umurwanyi wâingabo za FDRL, Brig Gen Semugeshi CĂŽmes wari umaze igihe ashakwa nâ Ingabo za Congo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugabo yamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa kane ku bufatanye nâingabo za Monusco, akaba yahise anashyikirizwa […]
Nkunda cyane umugore wanjye ariko sinareka no gusambana nâabandi ku ruhande
Mfite imyaka 37 umugore wanjye akagira 34. Imyaka 8 irashize tubana, twabyaranye abana babiri, umwe afite imyaka 4 undi afite umwaka umwe nâigice. Mfite inzu nziza nâakazi, nubwo wenda kantesha umutwe ariko niko nkesha ibyo mfite byose. Si ndi umwizerwa imbere yâumugore wanjye ariko ndamukunda kuko ni byose kuri njye. Twagiranye gahunda nyinshi [undi mugore], […]
RDC:Abahutu bakomeje guhohoterwa banakurwa mu byabo
Umuyobozi wâIngabo zâUmuryango wâAbibumbye ziri mu butumwa bwâAmahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(MONUSCO),Gen. Bernard Commins yemeje ko imutwe yâinyashyamba yahaye itariki ntarengwa (ultimatum)abo mu bwoko bw âAbahutu ibasaba kuva mu byabo i Lubero. Ibi Gen.Bernard Commins akaba yarabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe,2017 mu nama yâUmuryamgo wâAbibumbye iba buri Cyumweru ubwo […]
Imbonerakure zitera ubwoba abarwanya Leta ya Nkurunziza zibasaba kujya mu Rwanda
Abaturage batuye mu Turere dutandukanye mu Ntara ya Rutana mu gihugu cyâu Burundi baravuga ko batewe ubwoba nâibikorwa bikorwa nâurubyiruko rwâIshyaka riri ku Butegetsi (Imbonerakure) aho ngo zinaririmba indirimo zitera ubwoba abatavuga rumwe nâubutegetsi aho babasaba ko byababera byiza bagiye mu Rwanda. Bamwe mu baturage baganiriye nâIkinyamakuru Iwacu bavuze ko Imbonerakure zibabuza gusinzira ndetse ko […]
Kayonza: Haracyavugwa amafaranga yâikiziriko ku ihene zâubudehe
Mu murenge wa Kabarondo akagari ka Gasharu, abahabwa ihene zâubudehe basabwa gutanga ibihumbi bibiri byâikiziriko. Mu mudugudu umwe wâaka kagari ka Gasharu, gahunda yâubudehe yemereye abaturage ihene 11, maze umukuru wâumudugudu ajya mu isoko kuzishaka. Azigejeje mu baturage buri wese akabanza gutanga 2000 byâikiziriko. Abaturage kandi bashinja uyu muyobozi Nshunguyinka Vianney, gutanga ihene uko abyumva, […]
Makerere : Umunyeshuri yagambaniye ababyeyi be kugirango abone amafaranga
Umunyeshuri wâumukobwa witwa Mouline Bamwine wiga muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda, aravugwaho amakuru yo kuvugana nâabantu batazwi akabasaba ko bamushimuta kugira ngo iwabo batange amafaranga yo kumushakisha nibamara kuyabona bayagabane. Uyu mukobwa wendaga kurangiza amasomo muri iyi kaminuza yaburiwe irengero kuwa mbere tariki ya 6 Werurwe 2017, aho ngo yari yavuganye nâabamushimuse amafaranga bagomba […]
Bugesera: Buri kwezi bishyuzwa amazi kandi bakoresha Cyohoha
Abatuye akagari ka Gihembe, Umurenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bavuga ko bakishyuzwa amazi buri kwezi, kandi bayaheruka mu 2014. Aba ni abafashe ifatabuguzi ryâamazi ya WASAC ubwo yabegerezaga impombo, ariko bagaheruka amazi ubwo, bakitungirwa na Cyohoha. Baganira na TV One, aba baturage bavuga ko amazi bigeze kuyahabwa koko, abishoboye bagasaba amavomero mu ngo […]
USA: Perezida Donald Trump yongeye kwibasira Barack Obama
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika,Donald Trump yongeye kwibasira uwo yasimbuye, Barack Obama ku rubuga rwa Twitter amushinja kurekura imfungwa 122 zari zifungiye muri Gereza ya Guantanamo ubu bakaba ngo barasubiye kurwana. Trump ntavuga aho yakuye ayo makuru, nubwo izo mfungwa zivugwa muri raporo y’Ibiro by’iperereza igaragaza ko mu mfungwa 693 barekuwe muri gereza […]
RRA yihakanye banki zica abasoreshwa amafaranga yâumurengera bita aya serivisi
Ikigo gishinzwe imisoro nâamahoro mu Rwanda kivuga ko kitazi aho amabanki akomora amabwiriza yo guca amafaranga abasoreshwa bishyura ku makonti yacyo. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Hashize amezi atari make, abasoreshwa binubira amafaranga bacibwa iyo bagiye gushyira umusoro ku makonti ya RRA. Aya mafaranga ari hagati ya 500 na 3000 bitewe na Banki umusoreshwa agana. Aya mafaranga akorerwa […]
Dr Joseph Nkusi wazanywe mu Rwanda avuye muri Norvege agiye gutangira kuburana
Dr. Joseph Nkusi, Umunyarwanda woherejwe avuye muri Norvege wakunze kunenga leta yâu Rwanda abinyujije kuri blog akaba ashinjwa kuba yaragiye avuga amagambo yo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Mbere wâicyumweru gitaha aragezwa imbere yâurukiko mu Mujyi wa Kigali atangire kwiregura ku byaha akurikiranweho byâingengabitekerezo ya jenoside, ironda, no gushishikariza abantu imyivumbagatanyo […]
Leta yâu Rwanda ishimwa ku mwihariko wayo wo kurwanya ihohoterwa rikorerwa impunzi
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) rifatanyije na Minisiteri yâimicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR), ubwo bashyiraga ahagaragara raporo ya 2016, igaragaza ibikorwa bikorerwa mu nkambi zâimpunzi, Leta yâu Rwanda yashimiwe uburyo yita ku mpunzi inarwanya ihohoterwa rizikorerwa. Umuhango wo kumurika iyi raporo ikubiye mu gitabo cyâamapaji 106, wabereye muri Kigali Convention Center, ku […]
Minijust ntabwo yemera ibyavuye mu bushakashatsi ku bunzi
Minisiteri yâUbutabera mu Rwanda ntiyemeranya nâubushakashatsi bwakozwe nâihuriro ryâabafasha mu byâamategeko, âLegal Aid Forumâ ku bijyanye nâuburyo abanyarwanda bafata inzego zâubutabera na serivisi zibaha aho bugaragaza ko 61.5% byâabanyarwanda batanyurwa nâuburyo Abunzi bakemura amakimbirane cyane cyane ngo bikaba bishingiye kuri ruswa ikunze kuvugwa muri uru rwego. Leta igiye gusuzuma ibyavuye muri ubu bushakashatsi kuko ngo […]
Crystal Bassette wabaye umusitari muri filimi zâubusambanyi arashaka kuba pasiteri
Umugore witwa Crystal Bassette ukomoka mu mujyi wa New York aratangaza uburyo yakinnye filimi zâurukozasoni (Pornographic films) nyuma akaza kubivamo akiyubakira urusengero kugeza ubu akaba ashaka no kuba umupasiteri. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Uyu mugore wâimyaka 33 yâamavuko avuga ko yakoze uyu mwuga wo kwicuruza agamije gushakira imibereho umwana umwe wâumuhungu yari afite, Justin kuri ubu ufite […]
Afurika yâEpfo yamaze gusubirana ibaruwa yari yandikiye Loni isaba kwitandukanya na ICC
Igihugu cya Afurika yâEpfo cyamaze gusubirana ibaruwa yacyo cyari cyashyikirije Umuryango wâAbibumbye kivuga ko kigiye kwitandukanya nâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) nubwo ngo intambara kuri iki kibazo ngo ikomeje. Ibi bikaba byabaye nyuma yâaho mu kwezi gushize Urukiko Rukuru rwa Afurika yâEpfo rwafashe icyemezo cyâuko iyi baruwa yoherejwe nâibiro bikuru byâumukuru wâigihugu itubahirije itegeko nshinga kandi […]
Perezida Nkurunziza yashyizeho umuvugizi we mushya
Perezida wa Repubulika yâu Burundi, Pierre Nkurunziza kuri uyu wa 8 Werurwe 2017, nibwo yashyizeho umuvugizi we mushya ndetse nâicyegera. Jean Claude KARERWA, wahagarariye Perezida Nkurunziza mu biganiro byabereye muri Tanzania niwe wagizwe umuvugizi mukuru we, Alain Diomede NZEYIMANA niwe uzajya yunganira Jean Claude. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ibi bibaye mu gihe Perezida Nkurunziza amaze imyaka ibiri […]