Walikale: Kibati mu maboko ya M23 nyuma y’iminsi 3 y’imirwano

Umutwe wa AFC/M23 wisubije agace ka Kibati ko muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’iminsi itatu ukarwaniramo n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Kabiri tariki ya 3 Werurwe ni bwo M23 yisubije kariya gace. FARDC, Wazalendo na FDLR nyuma yo kurushwa imbaraga, amakuru avuga ko bahise bahungira […]
USA: Sena igiye gutora ku ntambara Trump yinjiyemo atabiherewe uburenganzira

Kuri uyu wa Gatatu biteganijwe ko Sena ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iza gutora ku cyemezo cya Perezida Donald Trump cyo kwerekeza mu ntambara na Iran, ikizamini kidasanzwe ku nteko ku kibazo gifata intera mu Burasirazuba bwo Hagati cyagaragaje ko nta ngamba zisobanutse neza za Amerika zo kurangiza intambara. Itegeko rizwi nk’icyemezo cyo gukemura […]
Col. Nganzo wa FARDC yiciwe mu Minembwe

Colonel Joseph Nganzo Olikwa Tipi wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yiciwe mu mirwano yasakiranyije FARDC n’abayifasha urugamba n’ihuriro rya Twirwaneho na AFC/M23. Colonel Nganzo yari asanzwe ari umuyobozi wungirije wa Brigade ya 12 y’Ingabo za RDC ikorera mu Minembwe, gusa yanabaye umuyobozi wa Brigade ya 212 ya FARDC. Ku wa […]
Netanyahu agereranya ubutegetsi bwa Iran nâumwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya

Minisitiri wâIntebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku Cyumweru yifashishije amagambo yo muri Torah agereranya ubutegetsi bwa Iran nââAmalekiâ, umwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya yâAbaheburayo. Nkâuko byatangajwe na Middle East Monitor, ayo magambo yayavugiye aho igisasu cya misile bivugwa ko cyaturutse muri Iran cyaguye. Yagize ati: âMu isomo rya Torah ryo muri iki cyumweru, dusoma […]
Ambasaderi wungirije wa Uganda mu Rwanda yapfuye

Minisiteri yâububanyi nâamahanga ya Uganda yatangaje urupfu rwa Ambasaderi Santa Laker Kinyera, wari Ambasaderi wungirije wa Uganda mu Rwanda. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, minisiteri yavuze ko Kinyera yapfuye mu gitondo aguye mu Bitaro byâIgihugu byâInzobere bya Mulago i Kampala. Iri tangazo rigira riti: âNi n’umubabaro mwinshi n’agahinda Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ibatangarije urupfu […]
MINAGRI yasabwe kugaragaza ingamba zo gukurikirana umusaruro wangirika

Inteko Rusange yâUmutwe wâAbadepite yasabye Minisiteri yâIbidukikije: Kwihutisha gushyiraho amabwiriza agenga imikoranire y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashyamba, Uturere nâUmujyi wa Kigali kugira ngo ijye ibona ku buryo buhoraho kandi ku gihe, amakuru yerekeye imicungire yâamashyamba. Yasabye kandi Minisiteri y’Ubuhinzi, kugaragariza Umutwe wâAbadepite ingamba zo gukurikirana umusaruro wangirika, harimo uwâumuceri nâibigori mu rwego rwo kubona amakuru azunganira […]
Gen. Makenga yongeye kugaragara mu ruhame

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 (ARC), Gen. Sultani Makenga, yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y’iminsi havugwa ibihuha bitandukanye ku buzima bwe. Ku wa Mbere tariki ya 2 Werurwe ni bwo Makenga yagaragaye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye muri Teritwari ya Rutshuru, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa ku basirikare bo mu […]
Icyo kwisubiza Kazinga bivuze kuri M23

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wisubije agace ka Kazinga ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, uhirukanye ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zimaze iminsi zigafashe. Kazinga yisubijwe na M23 ahagana ku gicamunsi, nyuma y’imirwano ikomeye yahuje ingabo zayo na FARDC ifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo. […]
Sudani y’Epfo: Loni yambitse imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda

Ingabo zâu Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bwâamahoro bwâUmuryango wâAbibumbye muri Sudani yâEpfo (UNMISS) zambitswe imidali ya Loni mu rwego rwo kubashimira uruhare rwabo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Umuhango wo gutanga iyo midali wabereye ku cyicaro cya UNMISS cya Tomping i Juba, Umurwa mukuru wa Sudani yâEpfo. Uyu muhango wayobowe na Maj Gen Robert […]
RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uheruka gushinja u Rwanda kuba ari rwo rwawujyanye mu misozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Muyaya usanzwe ari Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho wa RDC akanaba Umuvugizi wa Guverinoma y’iki gihigu, yatangarije ariya magambo mu kiganiro yatanze muri […]
Huye: Akurikiranweho kwica nyirarume bitewe na avoka

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye  umugabo w’imyaka 31 ukekwaho kwica nyirarume  wâimyaka 45 amuteye icyuma mu gatuza. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 18 Gashyantare 2026, ahagana saa kumi zâumugoroba mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Duwani, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga. Mu ibazwa […]
Kisangani: Umusirikare wa FARDC yishwe n’abaturage nyuma yo kurasa mugenzi we

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 2 Werurwe, nyuma ya saa sita umusirikare wa FARDC yishwe nyuma yo kwica mugenzi we mu gace ka Mingazi muri Komini ya Mangobo, i Kisangani. Abo basirikare bombi basangiraga byeri ku kabari kari ku muhanda ujya Sotexki. Abatangabuhamya babajijwe bavuze ko havutse impaka hagati yabo hatazwi icyaziteye. Abo […]
Abayobozi, abikorera bashyiriweho uburyo bwo kuvuga indimi z’amahanga badategwa n’abashaka ‘certificats’ za IELTS, TOEFL na DUOLINGO kuri promotion

Abashaka kwiga kuvugira mu ruhame (Public speaking and negociation) Icyongereza n’Igifaransa by’umwihariko abayobozi n’abikorera bashyiriweho promosiyo nâishuri ryigisha izi ndimi, TOEFL, IELTS na DUOLINGO rizwi nka IFA SPEAK & TECH ACADEMY. Abifuza kwiga Icyongereza, haba kuvugira mu ruhame, muri bizinesi zitandukanye nâahandi, abarigana biga ku buryo bworoheye buri wese. Muri rusange abifuza kwiga muri iki […]
FARDC n’abafatanyabikorwa babyutse basuka ibisasu mu bice bituwe i Gakenke

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bacyo kuri uyu wa Kabiri babyutse basuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Werurwe 2026, ku isaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, […]
Amerika yatangiye gucyura Abanyamerika nyuma yo kurasa ambasade i Riyadh

Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yimuye abakozi badakenewe cyane nâimiryango yabo iri mu bihugu bitandatu harimo na Leta Zunze Ubumwe zâAbarabu (UAE). Ni nyuma y’uko Iran irashe kuri Ambasade ya Amerika i Riyadh. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zibarizwamo imijyi ibiri yari igezweho ku Isi muri iki gihe, […]
Haruna Niyonzima yasezeye burundu ku mupira wâamaguru

Uwahoze ari kapiteni wâIkipe yâIgihugu yâu Rwanda âAmavubiâ, Haruna Niyonzima, yatangaje ku mugaragaro ko asoje burundu umwuga we wâumupira wâamaguru nkâuwabigize umwuga, nyuma yâimyaka hafi 20 awukina ku rwego rwo hejuru. Mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru rya Times Sport, Niyonzima yavuze ko hari ibiganiro biri kugirana nâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Rwanda, Rwanda Football Federation (FERWAFA), bigamije […]
Guinea: Impungenge ku buzima bwa Doumbouya umaze ibyumweru 2 atagaragara

Muri Guinea, guverinoma iri kugerageza guhagarika ibihuha, aho ku mugoroba wo ku wa Mbere, itariki ya 2 Werurwe, Minisitiri wâIntebe Amadou Oury Bah yatangarije RFI ko Perezida Mamadi Doumbouya, umaze ibyumweru bibiri n’igice atagaragara mu gihugu, “ameze neza”, nk’uko byatangajwe nâibiro bya minisitiri wâintebe. Perezida Doumbouya yavuye mu gihugu ku itariki ya 13 Gashyantare agiye […]
Senateri Dr. Habineza yamaganye abamushyize mu gatebo kamwe na Rusesabagina na Nahimana

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Senateri Dr. Frank Habineza, yamaganye abamushyize mu gatebo kamwe n’abarimo Paul Rusesabagina na Padiri Thomas Nahimana bafite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni nyuma y’ubutumwa bwanditswe kuri konti ya X iri mu mazina y’uwiyita ‘africans’ avuga ko hari amashyaka ya politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u […]
Muhanga: Umusore w’imyaka 22 akurikiranweho kwica nyina

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore wâimyaka 22 ukekwaho kwica mama we  umuteye icyuma mu rubavu. Icyaha uregwa akekwaho cyakozwe ku itariki ya 07 Gashyantare 2026, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Kagina, ubwo uregwa yari avuye ku kabari. Mu ibazwa rye nk’uko inkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, uregwa yemeye icyaha. Avuga ko yatonganye na […]
Ingabo za M23 zari mu nkengero za Kisangani zarashe ku kibuga cy’indege cyaho

Umutwe wa AFC/M23 wigambye kuba ari wo uri inyuma y’ikindi gitero giheruka kugabwa ku kibuga cy’indege cya Kisangani, uvuga ko byakozwe n’ingabo zawo zari ziri mu nkengero z’uriya mutwe mu rwego rwo gusenya za drone zarimo zitegura guhaguruka zigiye kugaba ibitero. Ku Cyumweru tariki ya 1 Werurwe ni bwo ubuyobozi bw’intara ya Tshopo bwatangaje ko […]
Rutahizamu w’umunya-Iran yasezeye ikipe ye ajya kurwanira igihugu

Rutahizamu wâikipe yâigihugu ya Iran, Mehdi Taremi, usanzwe akinira ikipe ya Olympiakos F.C. yo mu Bugereki, yatangaje ko yifuza gusubira iwabo muri Iran kugira ngo yinjire mu gisirikare, nyuma yâibitero bivugwa ko byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuri icyo gihugu. Uyu mukinnyi wâimyaka 33 yâamavuko, bivugwa ko yamaze kumenyesha ubuyobozi bwâikipe […]
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano Amerika yafatiye RDF n’abayobozi bayo

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’abayobozi bakuru bazo bigoreka imiterere y’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Werurwe ni bwo Amerika yafatiye ibihano RDF n’abayobozi bayo barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen […]
Amerika yafatiye ibihano RDF na ba Jenerali bayo 4

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Werurwe 2026, zatangaje ko zafatiye ibihano Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), ndetse n’abasirikare bakuru bane. Ishami rya Minisiteri yâImari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rishinzwe kugenzura umutungo wâabafatirwa ibihano (OFAC), ryatangaje abayobozi bakuru ba RDF bafatiwe ibihano barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, […]
Polisi y’u Rwanda yafunze abasore bakubise umukobwa i Musanze

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubita ndetse banakurura umukobwa mu muhanda. Amakuru avuga ko ibi byabereye mu Mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026, aho uwo mukobwa yakubitiwe mu muhanda rwagati. Mu mashusho, abo basore bagaragara […]
Texas: Uwishe arashe abantu 2 yasanganwe amafoto y’abayobozi ba Iran

Abantu babiri bapfuye abandi barenga icumi barakomereka mu iraswa ryabereye mu busitani bw’ahantu bafatira icyo kunywa i Austin, muri Texas, mu gihe FBI ivuga ko bishobora kuba bifitanye isano nâiterabwoba. Polisi ya Austin yatangaje ko ukekwaho icyaha ari Ndiaga Diagne w’imyaka 53. Yari Umunyamerika ukomoka muri Senegal wahawe ubwenegihugu, nk’uko bitangazwa nâumufatanyabikorwa wa BBC muri […]
Walikale: Iminsi ibaye itatu AFC/M23 na FARDC birwanira kwigarurira Kibati

Imirwano ikomeye yakomeje kuri uyu wa Mbere, itariki 2 Werurwe 2026, i Kibati, muri Guruoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyi mirwano irahuza abarwanyi ba AFC / M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo. Uyu ni umunsi wa gatatu wikurikiranya w’imirwano muri uyu mujyi w’ingenzi […]
Kivu y’Amajyepfo: FARDC yongeye gufata Mikenge itarwanye

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo nâinyeshyamba za Wazalendo, ku Cyumweru, itariki 1 Werurwe 2026, zongeye kwigarurira Umujyi wa Mikenge mu Murenge wa Itombwe, Teritwari ya Mwenga, nta mirwano ibaye. Hari hashize icyumweru kimwe, umutwe w’abarwanyi wa Twirwaneho uhamagarira abaturage kuva muri ako karere nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga. Mu gitondo […]
Erik Prince yaburiye Trump ku kohereza ingabo zo ku butaka muri Iran

Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, yagiriye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika akanaba inshuti ye inama yo kutazakora ikosa ryo kohereza muri Iran ingabo zo ku butaka. Erik ubwo yari mu kiganiro ‘War Room’ cyayobowe n’umunyamakuru Steve Bannon, yavuze ko Amerika iramutse ifashe icyemezo cyo gutera Iran biciye mu ngabo […]
Perezida Kagame ategerejwe i Paris

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa, aho agomba kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nuclĂ©aire’. Iyi nama izaba iba ku nshuro ya kabiri, izabera i Paris ku wa 10 Werurwe 2026. Izahuza abakuru bâibihugu nâabayobozi bakuru bâinzego zitandukanye. Usibye Perezida Kagame, mu bandi bazayitabira harimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ndetse nâUmuyobozi […]
Iran yarashe uruganda runini rwa peteroli muri Arabia Saoudite

Bivugwa ko drone yoherejwe na Iran yibasiye uruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli rwa Ras Tanura muri Arabia Saoudite, bituma ruhagarika imirimo. Uru ruganda rwa Ras Tanura, rucungwa na Saudi Aramco, rutunganya utugunguru turenga 550.000 ku munsi kandi ni bimwe mu bicuruzwa nyamukuru byoherezwa hanze n’ubwami nk’uko bitangazwa na DW. Niba ihungabana ry’imirimo rikomeje, wakwitega ibi […]
Iran yateye ibirindiro by’u Bwongereza mu gihugu kibarizwa mu Burayi

Drone yaturutse muri Iran yaguye mu birindiro by’igisirikare cyo mu kirere (RAF) cy’u Bwongereza muri Shipure (Cyprus), nk’uko byatangajwe na Perezida w’iki gihugu, Nikos Christodoulides. Byakurikiranye n’itangazo rya Minisiteri yâingabo ryavugaga ko hakekwa igitero cya drone ku birindiro bya RAF i Akrotiri ku Cyumweru ahagana mu gicuku ku isaha yaho (22h00 GMT). Nta […]
Koffi OlomidĂ© yasezeranye n’umugore we – Amafoto

Nyuma yâimyaka irenga 20 babana nkâumugabo nâumugore ndetse nâimyaka 15 bakoze ubukwe bwa gakondo, icyamamare mu njyana ya lumba muri Congo, Koffi OlomidĂ©, nâumuhanzikazi Cyndi Le CĆur, basezeranye ku mugaragaro imbere yâamategeko ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa. Uyu muhango wabereye mu murenge wa […]
‘Indege nyinshi’ z’intambara za Amerika zakoreye impanuka muri Kuwait

Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yatangaje ko kuri uyu wa Mbere indege nyinshi z’intambara za Leta Zunze Ubumwe za Leta zakoreye impanuka muri iki gihugu, gusa abapilote bazo bose bashobora kuzisohokamo ari bazima. Kugeza ubu intandaro y’izo mpanuka ntiramenyekana. Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yavuze ko yarimo ikorana na Amerika, kugira ngo hamenyekane icyaziteye. Amakuru y’ibanze aravuga […]
Kinshasha: Umusirikare yarashe umukinnyi bateretanaga umukobwa umwe

Mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Kinshasa, mu gace ka Camp Kokolo, habereye inkuru ibabaje yâumusore wâumukinnyi wâumupira wâamaguru witwa Dan Ngwengwa warashwe agahita apfa. Amakuru aturuka aho byabereye avuga ko uwamurashe ari umusirikare witwa Patrick Mabele. Ibi byabaye mu ijoro ahagana saa saba, aho bivugwa ko uyu musirikare yagiye mu rugo […]
Amasasu yumvikanye hafi yâibiro bya Perezida Captain Ibrahim TraorĂ©

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, humvikanye amasasu menshi hafi yâibiro byâUmukuru wâIgihugu cya Burkina Faso, i Ouagadougou, aho atuye kandi akorera Perezida Ibrahim TraorĂ©. Amakuru arambuye ku byabaye ntaramenyekana neza. Radiyo Radio France Internationale (RFI) yatangaje ko bishoboka ko ibyo byabaye bifitanye isano nâukutumvikana mu basirikare ku bijyanye nâimicungire yâumutekano, cyane […]
Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyongeye kugabwaho ibitero bya drone

Ubutegetsi bwâIntara ya Tshopo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko ikibuga cyâindege cyâumurwa mukuru wâiyi ntara, Kisangani, kuri iki cyumweru cyibasiwe nâibitero byâindege za drone z’ubwiyahuzi zizwi nka Kamikaze. Ikibuga cyâindege mpuzamahanga cya Bangboka cy’i Kisangani, cyaherukaga guterwa na drone ku itariki ya 1 Gashyantare 2026. Icyo gihe umutwe wa AFC/M23 […]
Gicumbi: Depite Masozera yasabye abarwanashyaka ba Green Party guca ukubiri n’ingeso mbi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryasabye abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Gicumbi kugendera kure ingeso mbi, ahubwo bakagira uruhare mu kubahiriza gahunda za leta bahereye mu midugudu batuyemo. Iri shyaka ryabibasabye kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe, ubwo mu karere ka Gicumbi haberaga inama ikomatanyije n’amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi […]
Itsinda riyobowe na Gen. Rwivanga ryerekeje muri Ethiopia

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itsinda riyobowe na Brig Gen R. Rwivanga, Umuvugizi wâIngabo zâu Rwanda, uhagarariye Minisiteri yâIngabo z’ u Rwanda, riri mu gihugu cya Ethiopia aho bagiye kwitabira ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 130 Intsinzi ya Adwa no gusura ku mugaragaro Inzu Ndangamurage yâIngabo ya Ethiopia/Urwibutso rwâIntsinzi ya Adwa, Ikigo cya Ethiopia […]
Uko CIA na Mossad byanetse Khamenei wa Iran kugeza yishwe

Urwego rwâubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), byamenyekanye ko rwari rumaze amezi menshi rugenda runono uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, mbere yo y’uko yicwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare. Khamenei yiciwe mu bitero Amerika na Israel bagabye i Tehran, apfana n’abandi bayobozi bakomeye biganjemo ab’igisirikare cya Iran. Mbere […]
Iran yibasiye ibibuga by’indege bya Dubai na Abu Dhabi
Umuntu umwe yapfuye abandi 11 barakomereka ku bibuga by’indege i Dubai na Abu Dhabi, ubwo Iran yagabaga ibitero byo kwihorera ku bitero bya Amerika na Israel. Abayobozi muri Abu Dhabi bemeje ko indege itagira abadereva yateye Ikibuga cyâIndege Mpuzamahanga cya Zayed (AUH), ikaraswa “ibisigazwa”, bihitana umuntu umwe abandi barindwi barakomereka nk’uko bitangazwa na BBC. […]
Iran: Ibihumbi by’abaturage byatangiye kunamira Ayattolah Khamenei

Ibihumbi by’abaturage bateraniye rwagati mu murwa mukuru wa Iran kunamira Umuyobozi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei wiciwe mu gitero kinini cyatangijwe na Amerika na Israel kuwa Gatandatu. Abatangiye icyunamo, bateraniye kuri iki Cyumweru mu rubuga Enghelab (bivuze impinduramatwara), bambaye ahanini umukara ndetse bamwe barira, bazunguza amabendera ya Iran kandi bafata amafoto ya Khamenei, mu gihe […]
Minembwe: Bombe zikomeje kubica nyuma yo gutwika agace ka Kalongi

Amabombe akomeje kuvuza ubuhuha kuri iki Cyumweru nyuma y’uko kuwa Gatandatu, itariki 28 Gashyantare 2026, saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba, ihuriro ry’Ingabo zâubutegetsi bwa Kinshasa zitwitse Umudugudu wa Kalongi, mu Karere ka Minembwe, zikoresheje drone. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko no kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Werurwe 2026, kuva mu gitondo, izo […]
Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC mu midugudu myinshi ya Masisi

Imirwano ikomeye kuri uyu wa Gatandatu ushize yahuje abarwanyi ba AFC / M23 nâihuriro ryâinyeshyamba za Wazalendo zifatanyije na FARDC, mu midugudu myinshi yo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nkâuko amakuru menshi abivuga, imirwano yari yiganje i Ndete, mu gace ka Muhanga […]
Goma: Umunyeshuri wari wabuze yasanzwe mu Kivu yishwe

Kayembe wa Mukendi DieudonnĂ©, umunyeshuri mu mwaka wa karindwi mu ishuri rya Cinquantenaire mu gace ka Mugunga muri Komini ya Karisimbi, mu burengerazuba bwa Goma, basanze yapfuye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 28 Gashyantare, mu gace ka Kyeshero ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, ahantu bakunze kwita BoscoLac. Amashusho yagiye ahagaragara […]
Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje iyicwa rya Ayattollah Khamenei

Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo. Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y’Umutekano ya Irani, ryatangajwe n’ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa […]
AFC/M23 yemeje ko Coloneli willy Ngoma yishwe na Leta ya kinshasa

Umutwe wa AFC/M23 wemeje bidasubirwaho ko Coloneli Willy Ngoma, yishwe na Leta ya Kinshasa Kuwa 24 Gashyantare 2026,aho Ingabo za Leta zishe amasezerano nkana zigamije cyane cyane kwica abasirikare ba M23 ndetse n’abaturage b’abasivile bari hanze y’urugamba. Ibi M23 yabitangaje mu itangazo yasohoye ku wa 28 Gashyantare,aho yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwishe nkana amasezerano […]
Rubavu: Impanuka yâikamyo yahitanye abantu 11

Ku wa 27 Gashyantare 2026, mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, habereye impanuka ikomeye yâikamyo yahitanye abantu 11, abandi barakomereka. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Munani zâigicamunsi, mu Kagari ka Nengo, Umudugudu wa Nyaburanga. Ikamyo yo mu bwoko bwa BENZ yagonze moto yari itwaye abantu babiri bahita bitaba Imana, nyuma igonga abanyamaguru babiri […]
Hip Hop nyarwanda yungutse igihangano gishya: âImirimoâ ihamagarira urubyiruko gukora cyane no kutacika intege

Ados Muzika yashyize hanze indirimbo nshya yise âImirimo ya Big Boyâ yakoranye na Skilibombe, atangiza umwaka wa 2026 nâumushinga mushya wâumuziki. Iyi ndirimbo yasohotse ku wa 28 Gashyantare 2026, ikaba ari yo ya mbere asohoye muri uyu mwaka ndetse iri no kuri album ye nshya yitwa âMa Vie.â Mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru, Ados Muzika yasobanuye […]
Ibimenyetso by’uko Israel yishe Khamenei wa Iran bikomeje kwiyongera

Ibimenyetso by’uko Umuyobozi wâIkirenga wa Iran, Ali Khamenei ashobora kuba yiciwe mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel biri kugenda byiyongera, nkâuko bitangazwa nâitangazamakuru ryo muri Israel. Televiziyo ya Channel 12 yatangaje ko amakuru yatanzwe n’umuyobozi wa Israel utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko hari âibimenyetso byinshi bigenda bigaragazaâ ko uriya […]
Shakib Lutaaya yahakanye gutandukana na Zari Hassan

Shakib Lutaaya yatangaje ko amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yatandukanye nâumugore we Zari Hassan atari ukuri. Yasobanuye ko urugo rwabo ruhagaze neza, nta kibazo na kimwe kiri hagati yabo, anashimangira ko bagikundana nkâuko byahoze. Yavuze ko abantu bamwe bakunda guhanga inkuru zidafite gihamya kugira ngo bakurure amarangamutima yâababakurikira. Shakib yongeyeho ko […]
Iran yihimuye ku bitero bya Israel na Amerika

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran, kuri uyu wa Gatandatu na yo yagabye ibitero mu bice bitandukanye mu rwego rwo kwihimura. Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko igisirikare cya Iran cyarashe ‘missile ballistique’ ndetse kigaba ibitero bya drone ku butaka bwa Israel, mu rwego rwo kuyihimuraho. Igisirikare cya Israel (IDF) […]
Icyo Trump avuga ku bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero bihuriweho Amerika na Israel bagabye kuri Iran bigamije “kurandura ibyago byihutirwa” biva mu butegetsi bwa kiriya gihugu. Trump mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yagize ati: “Hashize umwanya muto ingabo za Amerika zitangije igikorwa gikomeye cyo kurwana muri Iran. Intego yacu ni ugukingira abaturage ba […]
Theo Bosebabireba yahakanye gusenya urugo rwâumugore babyaranye

Umuhanzi wâindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Theo Bosebabireba yahakanye amakuru aherutse gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga amushinja kuba yaragize uruhare mu gusenya urugo rwâumugore babyaranye. Ibi byakurikiye amashusho yâikiganiro cyatanzwe na Ruth Muhayimana, aho yavuze ko gutandukana nâuwari umugabo we byatewe nâamakimbirane akomeye mu rugo, akavuga ko uwo muhanzi yabigizemo uruhare. Yagaragaje ko ubuzima arimo […]
Israel yongeye kugaba ibitero kuri Iran

Kuri uyu wa Gatandatu, Israel yatangaje ko yagabye igitero cya gisirikare yise ko cyari icyo kwirinda mbere (pre-emptive strike) ku hantu hafitanye isano nâibikorwa bya gisirikare nâibikorwaremezo byâingenzi bya Iran, nkâuko byatangajwe nâibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Ibisasu nâiturika rikomeye byumvikanye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, mu gitondo cya kare, aho ibitangazamakuru bya Leta ya Iran […]
Rubavu: Abanyarwanda 208 batashye bava muri RDC

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Gashyantare, u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 208 bagize imiryango 59 batashye ku bushake bava muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Aba Banyarwanda banyuze ku mupaka wa La Corniche OSBP i Rubavu, bajyanwa mu kigo cyâagateganyo cya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi, bakaba bakiriwe nâUmuyobozi wâAkarere. Mu kubakira, Umuyobozi wâAkarere, Prosper […]
Umuti wa Green Party ku kibazo cy’ibiryo by’amatungo bikomeje gutumbagira

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rirateganya guha aborozi amahugurwa y’uko bajya bikorera ibiryo by’amatungo, mu rwego rwo guhangana n’igiciro cyabyo kiri hejuru. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwabitangarije mu karere ka Gakenke, ahabereye ahatangiwe amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere. Mu byo bahuguwemo harimo uko bakora imishinga iciriritse, irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi. Umurwanashyaka […]
M23 yishe Colonel Ukwishaka wari mu bayobozi bakuru ba FDLR

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zishe Colonel Ukwishaka Nouvelle wari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR. Colonel Ukwishaka wari uzwi nka Mwenesikare, yari asanzwe ashinzwe igenamigambi muri FDLR. Amakuru avuga ko Ukwishaka yiciwe muri Teritwari ya Masisi hakomeje kubera imirwano ikomeye hagati ya […]
Paris: Muhayimana wari warakatiwe imyaka 14 y’igifungo yasabiwe 15 mu bujurire

Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, Claude Muhayimana, ufite imyaka 65, ari kuburana mu bujurire mu rukiko i Paris kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Gashyantare, ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cyâimyaka 15, cyenda kungana n’icyo yakatiwe mu rubanza rwa mbere, cy’imyaka 14. Kuva […]
Masisi: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC i Kinyumba

Imirwano ikomeye iravugwa guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Gashyantare 2026, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Iyi mirwano yahuje abarwanyi ba AFC/M23 nâIngabo za Congo ziri gufashwa nâinyeshyamba za wazalendo, ahitwa Kinyumba, hafi ya centre ya Nyabiondo. âGuhera mu gitondo hari kumvikana amasasu menshi mu nkengero za […]
Trump yahaye ishimwe umupilote wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Maduro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yambitse umudali w’ishimwe umupilote wa kajugujugu ya gisirikare wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela. Warrant Officer 5 Eric Slover w’imyaka 45 y’amavuko, yambitswe uriya mudali ubwo Trump yagezaga ku Banyamerika ijambo ngarukamwaka rizwi nka the State of the Union. Trump […]