Inteko ishinga amategeko ya RDC yemeje ko M23 ari umutwe w’iterabwoba

Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2022 yemeje ko M23 ari umutwe w’iterabwoba. Ni icyemezo cyafashwe hashingiwe ku itora abagize iyi nteko bakoze, rigashyigikirwa ku buryo bukomeye, aho babiri bonyine ari bo bifashe. Ntabwo habonetse abatarishyigikiye. Iri tora ryari rishingiye ku mushinga w’itegeko ryivuga ko abahoze […]

EAC yemeje ko ‘buri gihugu’ kiyigize kizohereza ofisiye i Goma uzaba mu buyobozi bwa misiyo yayo

Umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) watangaje ko buri gihugu kiwugize kizohereza ofisiye ku rwego rw’igisirikare i Goma, akazafatanya na komanda w’ingabo zawo mu miyoborere y’ubutumwa bw’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yahuje abakuru b’ibi bihugu kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022 ubwo bari mu Misiri, […]

Butembo: Umusirikare wa FARDC yishwe n’abaturage barakaye bamutwitse ari muzima

Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Kitimbwako, mu gace ka Rughenda mu mujyi wa Butembo, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bishe umuntu bivugwa ko ari igisambo wambaye imyenda ya gisirikare ya FARDC kandi yitwaje imbunda, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, 8 Ugushyingo . Nk’uko bamwe mu baturage babitangaza ngo uyu bivugwa […]

Canada irashinja u Bushinwa kugerageza kwivanga mu matora yabo

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, yashinje u Bushinwa kugerageza kwivanga mu matora y’iki gihugu. Trudeau yashinje Beijing gukina “imikino y’ubushotoranyi” kuri za demokarasi no kwibasira inzego za Canada . Bije mu gihe ibitangazamakuru byaho bivuga ko iperereza ry Canada ryagaragaje “umuyoboro wihishe” w’abakandida bashyigikiwe na Beijing mu matora aherutse. Nibura abakandida 11 bari bashyigikiwe […]

Abagize inteko ishinga amategeko bemeje ko MMI iba urwego rwihariye

fhbksbdxeae83ih.jpg

Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, Emmanuel Bugingo, kuri uyu wa Kabiri yagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite raporo ku isuzumwa ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Urwego rwa Gisirikare rw’Ubwishingizi ku Ndwara . Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishyiraho Urwego rwa Gisirikare rw’Ubwishingizi ku Ndwara. Mu gusuzuma inyito y’umushinga w’itegeko, no guhabwa ibisobanuro birambuye, hemejwe […]

Ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi hahuriye abayobozi bahagarariye ibihugu byombi

Ku mupaka wa Gasenyi-Nemba w’u Rwanda n’u Burundi, hahuriye abayobozi b’intara bo muri ibi bihugu byombi, bagiranye inama igamije gukomeza umubano w’ibihugu byombi wasubiye mu buryo bwiza. Abahuye ni Guverineri Albert Hatungimana w’intara ya Kirundo mu Burundi na babiri bo mu Rwanda; Alice Kayitesi w’intara y’Amajyepfo na Gasana Emmanuel w’intara y’Iburasirazuba nk’uko byemejwe na Radio […]

Iby’ingenzi kuri Sukhoi-25, indege y’intambara RDC yohereje i Goma

Sukhoi Su-25 ebyiri zoherejwe i Goma ngo zizifashishwe ku rugamba

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo kirwanira mu kirere giherutse kohereza i Goma indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi Su-25, giteganya kwifashisha mu guhangana n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Imwe muri izi ndege ni yo yarenze imbibi kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022, igera mu kirere cy’u Rwanda, igwa by’akanya gato ku […]

Abadepite bo mu ishyaka rimwe na Perezida Ruto barifuza ko manda zivaho

Bamwe mu badepite bo mu ishyaka UDA rya Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, barifuza ko ingingo y’Itegekonshinga igena manda ntarengwa zo kuyobora iki gihugu yakurwaho. Nk’uko ikinyamakuru Nation cyabitangaje, aba badepite barashaka ko manda ebyiri Umukuru w’Igihugu yemerewe kuyobora zasimburwa n’imyaka ntarengwa 75. Ntabwo abadepite bari mu nyingo y’uyu mushinga barajya ahagaragara, gusa Salah […]

Les prĂ©sidents de l’EAC se rĂ©unissent sur les questions de sĂ©curitĂ© de la RD Congo

Les chefs d’Etat rĂ©gionaux ont tenu le 7 novembre une rĂ©union consultative de haut niveau sur la situation sĂ©curitaire dans l’est de la RD Congo, organisĂ©e par la CommunautĂ© de l’Afrique de l’Est (EAC) . Étaient prĂ©sents les prĂ©sidents Evariste Ndayishimiye du Burundi qui est l’actuel prĂ©sident de l’EAC, Paul Kagame du Rwanda, William Ruto […]

RDC: Perezida w’Inteko yasabwe kuvuga amazina y’abadepite bakorana n’inyeshyamba

Ishyaka Le Nouvel Élan, rya Adophe Muzito, rirahamagarira Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Christophe Mboso, gutangaza amazina y’abadepite bakorana n’inyeshyamba ubwe yigeze gukomozaho mu nama rusange . Binyuze ku munyamabanga mukuru w’ishyaka rye, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 7 Ugushyingo ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Muzito yamenyesheje ko kudatangaza amazina y’abo badepite ari nko guhisha ibintu no […]

Umuvugabutumwa, umugore we n’abana babo 3 bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye urusengero

aa13quos.jpg

Umugabo w’umuvugabutumwa n’umugore we hamwe n’abana babo batatu bapfuye bazize inkongi y’umuriro yibasiye urusengero rw’itorero rya Metodiste muri Afurika y’Epfo . Ibi byabereye mu gace ka Askeaton i Cala, muri Cape y’uburasirazuba kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 3 Ugushyingo 2022. Abapfuye ni rĂ©vĂ©rend Mandisi Mpthiti w’imyaka 46, umugore we Dunyiswa Mphiti w’imyaka 29, […]

Musanze: Ikimoteri rusange gihangayikishje abagituriye

Abaturage bavuga ko iki kimoteri kibabangamiye

Abaturage baturiye ikimoteri rusange giherereye mu mudugudu wa Bubandu, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve barinubira umunuko wacyo, bakavuga ko kibabangamiye mu buryo bwinshi , ngo bakaba biteze ingaruka zacyo mu gihe kitarambiranye. Iki kimoteri gikusanyirizwamo imyanda yose ituruka mu mirenge igize umujyi wa Musanze ari yo: Muhoza, Cyuve, Musanze, Gacaca, Kimonyi na Muko […]

Mboweni wabaye Minisitiri muri Afurika y’Epfo yerekanye impano yahawe na Perezida Kagame

Iyi ni impano Mboweni avuga ko yahawe na Perezida Kagame

Tito Mboweni wabaye Minisitiri w’imari muri Afurika y’Epfo kuva mu mwaka w’2018 kugera mu w’2021, yerekanye impano yahawe na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Mboweni wanabaye Umuyobozi Mukuru wa banki y’ubwizigame ya Afurika y’Epfo, yashyize kuri Twitter ifoto y’ibikoresho by’ubugeni birimo inkangara, asobanura ko yabihawe na Perezida Kagame. Yagize ati: “Perezida Kagame yampaye iyi mpano […]

U Rwanda rwasabye RDC kurekura abaturage barwo bafunzwe na ANR ‘byihuse kandi nta mananiza’

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kumenyesha iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko hari Abanyarwanda babiri bafungiwe muri iki gihugu, iyisaba ko barekurwa byihuse nta n’amananiza. Abafunzwe nk’uko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yabitangaje; barimo Dr Juvenal Nshimiyimana na Moses Mushabe, bafungiwe muri Congo Kinshasa kuva ku wa 30 Kanama ubwo batabwaga muri yombi. Iki gitangazamakuru […]

Perezida Kagame, Ndayishimiye, Ruto n’abandi bo muri EAC bagiranye inama

Baganiriye ku mutekano muke muri RDC

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abandi bakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) hamwe na Minisiteri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Michel Sama Lukonde. Iyi nama yayobowe na Perezida w’u Burundi akaba n’umuyobozi mukuru wa EAC, Evariste Ndayishimiye, yitabiriwe n’abandi barimo Perezida William Ruto wa Kenya na Samia Suluhu wa […]

Rusizi: Impanuka y’imodoka yahitanye umukecuru w’imyaka 75

Imodoka ya sosiyete yitwa Tripartite itwara abagenzi mu muhanda Kamembe-CIMERWA mu karere ka Rusizi, saa saba z’amanywa zo kuri uyu wa Mbere, yakoze impanuka ubwo uwari uyitwaye yayerekezaga ku muhanda CIMERWA-Mashesha, ashaka abagenzi, igaruka CIMERWA ihitana umukecuru w’imyaka 75 uwo bari kumwe iramukomeretsa, hanakomereka 2 bari bayirimo. Amakuru umunyamakuru wa BWIZA ukorera muri aka karere […]

RDC yasabye imbabazi ku bw’indege y’intambara yayo yavogereye u Rwanda

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasabye imbabazi ku bw’indege y’igisirikare cy’iki gihugu ya Sukhoi-25 yavogereye ikirere cy’u Rwanda. Mu masaa saba y’amanywa yo kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022, guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo imenyesha ko iyi ndege yarenze umupaka, igwa by’akanya gato ku kibuga cy’indege cya Gisenyi. Iyi guverinoma yatangaje ko […]

Goma: Maj. Gen. Chico yasuye urubyiruko rurenga 3000 rwiyemeje ‘kurwanya u Rwanda’

Urubyiruko rwiyemeje kwinjira mu ntambara rurenga 3000

Maj. Gen. Chico Tshitambwe, Umugaba Mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa by’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yasuye urubyiruko rurenga 3000 rwiyemeje kurwanya u Rwanda n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ruri gutorezwa i Goma. Ni amakuru yemejwe n’ibiro by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, byagize biti: “Urubyiruko rurenga 3000 rwitabye ijwi ry’Umukuru w’Igihugu ryaruhamagariraga kuza kurwanya ubushotoranyi bw’u […]

Rusizi: Ababyeyi bahangayikishijwe n’abangavu bakuramo inda, bitiranya itegeko

Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Rusizi bafite abana n’abuzukuru batewe inda z’imburagihe bahangayikishijwe n’uko bahitamo kuzikuramo, bababaza bakababwira ko badakwiye kubigiraho impungenge, ko ari itegeko rya Leta. Umwe mu babyeyi bahuye n’ikibazo cy’umwana we wakuyemo inda, ubwo ababyeyi bafite abangavu babyariye iwabo yabwiye BWIZA ko yasanze yayikuyemo, yamubaza impamvu akamubwira ko ibyo bitamureba, […]

Impuguke zirasanga ingabo za EAC zizoherezwa muri RDC zitarimo iz’u Rwanda ntacyo zizageraho

Ikigo cy’inyigo ku bijyanye n’umutekano (ISS), cyashidikanyije ku ntsinzi y’ibikorwa bya gisirikare na politiki mu kibazo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe ibi bikorwa bitaba birimo u Rwanda . Abayobozi bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bamenyeshejwe na DRC ko itazemera gufatanya na EAC mu gihe u Rwanda rwagira uruhare mu ngabo z’akarere, […]

Rusizi: Abasore babiri bakekwaho kwica umuvandimwe wabo bamunigishije umugozi

Iyi ni yo nzu aba basore batatu babagamo

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abasore 2, uw’imyaka 19 n’uwa 20 bakekwaho kwica banigishije akagozi mukuru wabo w’imyaka 22, bamwiciye aho babanaga mu mudugudu wa Gacamahembe, akagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe muri aka karere. Amakuru BWIZA yahawe n’umugore nyir’igipangu bari bacumbitsemo, Nyirahabimana Adeline, avuga ko uwishwe witwaga Nshimiyimana […]

Uganda: Haravugwa umutwe w’inyeshyamba uri kwibasira abapolisi ukabiba imbunda

Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda, Maj Gen. Geoffrey Tumusiime Katsigazi, yavuze ko iperereza ryabo ryibanze ryerekana ko igitero cyagabwe mu cyumweru gishize kuri station ya polisi ya Busiika mu karere ka Luweero cyagabwe n’umutwe w’inyeshyamba witwa Coalition for Change . Maj Gen Katsigazi yabitangaje ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku biro bye ku mugoroba wo […]

Abakuru mu ngabo za Ethiopia no mu mutwe wo muri Tigray barahurira i Nairobi

Abasirikare bakuru bahagararira ingabo za Ethiopia n’abo mu mutwe witwaje intwaro wa TPLF urwanira abo mu ntara ya Tigray barahurira i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022. Nk’uko itangazo ryashyizwe hanze n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) ribisobanura, aba basirikare baraba bashyira mu bikorwa ibyemezo byafatiwe mu biganiro byahurije impande zombi muri […]

Senateri Uwizeyimana Evode abona ‘misiyo’ y’ingabo za EAC muri RDC idashoboka

Senateri mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Uwizeyimana Evode, abona ntacyo ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zizakora muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ibi arabishingira ku nzitizi zirimo gucikamo ibice kwazo; aho zimwe ziri muri RDC hashingiwe ku masezerano y’impande ebyiri, iziriyo hashingiwe ku myanzuro yafashe na ba Perezida bo muri […]

Bamwe mu banyamigabane ba SDU barasaba inzego bireba kubarenganura

Zimwe mu ngingo zigize amategeko shingiro ya SDU bamwe mu banyamuryango bavuga ko zakandagiwe ntizikurikizwe

Bamwe mu banyamigabane ba kampani ya SDU (Special Drivers United) itanga serivisi zo gutwara abantu n’ibintu barasaba inzego bireba kubarenganura kuko ngo bafatiwe imyanzuro itubahirije amategeko n’amategeko abagenga. Aba banyamigabane bavuga ko bamwe muri bo birukanwe, abandi bimwa uburenganzira bazira kubaza ku mikorere ya kampani babonaga itagenda neza. Mu mikorere bita ‘mibi’ ya kampani ngo […]

Uvuga Ikinyarwanda wese si Umunyarwanda. Mugomba kubimenya – Umuvugizi wa FARDC

Gen. Sylvain Ekenge Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yibukije Abanyekongo ko abavuga Ikinyarwanda (Les Rwandophones)bose atari Abanyarwanda, ashimangira ko ari ibyo Abaanande bose bakwitwa Abagande. Ibi Gen. Sylvain Ekenge yabitangaje muri iyi weekend ishize agaruka ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu, aho umutwe wa M23, wiganjemo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, uherutse kwigarurira […]

Guverineri Kayitesi yasabye abashoramari kubyaza umusaruro umupaka w’Akanyaru

Abavuka i Nyaruguru batuye i Kigali basabwe kubyaza umusaruro amahirwe ari ku ivuko

Kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2022 abavuka mu karere ka Nyaruguru batuye muri Kigali (biswe Umurenge wa 15) bagaragarijwe amwe mu mahirwe ari mu karere kabo, basabwa kugira uruhare mu iterambere ryako. Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko kuba umupaka w’Akanyaru ufunguye ari amahirwe mu kongera ishoramari. Ati: “Dufite umupaka w’Akanyaru Haut n’uwa Nshiri […]

Kagame et Ruto ont discuté de la poursuite des relations bilatérales

fg5aoonwiamkgfh.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame et son homologue kĂ©nyan William Ruto se sont rencontrĂ©s dimanche 6 novembre Ă  Charm el-Cheikh, en Égypte, en amont de la confĂ©rence des Nations unies sur le climat (COP27) . “Les deux dirigeants ont discutĂ© de la poursuite des relations bilatĂ©rales positives et fructueuses entre le Kenya et le Rwanda”, a […]

IGP Munyuza yahaye impanuro zikomeye abapolisi bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

fg4sda8xeayygzy.jpg

Ku Cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yahaye impanuro abapolisi 160 bagize itsinda RWAFPU III-5 ryitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) mu muhango wabereye mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda (PTS) riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana . […]

Tshisekedi yateguje intambara, Gen. Kabarebe yita abasazi abatwitse ibendera, Dr Habumuremyi arishyura: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 31 Ukwakira 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye ku mutekano, politiki n’ubutabera. Harimo ko: Tshisekedi yongeye guteguza intambara ku Rwanda Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yongeye kwibutsa ko igihugu cye gishobora kujya mu ntambara n’u Rwanda mu gihe ibibazo by’ibihugu byombi byaba bidakemuwe n’inzira ya dipolomasi. Uyu […]

Perezida Kagame na William Ruto bahuriye mu Misiri, baraganira

Perezida Kagame na Ruto baganiriye ku mubano mwiza w'u Rwanda na Kenya

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we wa Kenya, Dr William Ruto, bahuriye mu Misiri, bagirana ikiganiro cyerekeye ku mubano w’ibihihu byombi. Aba bakuru b’ibihugu bagiye mu Misiri kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku mihindagurikire y’ibihe, izwi nka COP27. Ibiro bya Perezida w’u Rwanda byemeje aya makuru biti: “Muri uyu mugoroba muri Sharm El-Sheikh, Perezida […]

General Kainarugaba yatangaje ko kurwanya M23 byaba ari bibi cyane

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda usanzwe ari n’umujyanama we wihariye mu by’umutekano, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 uhanganye n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ari bibi cyane. Mu butumwa yashyize kuri Twitter mu mwanya ushize, Gen. Kainerugaba yasobanuye ko abarwanyi ba M23 bari kurwanira uburenganzira […]

France: Umusore w’imyaka 27 yasimbuye Marine Le Pen ku buyobozi bwa Rassemblement National

1200x680_000_32mv49f.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’ibihugu by’i Burayi, Jordan Bardella, w’imyaka 27, yatorewe gusimbura Marine Le Pen nka perezida w’ishyaka Rassemblement National (RN) . Bardella yatsindiye ku majwi hafi 85 ku ijana by’amajwi y’abayoboke b’ishyaka, mu gihe Louis Aliot wahoze ari umufatanyabikorwa wa Le Pen, yabonye amajwi 15 ku ijana. Ibi […]

Indege z’intambara zoherejwe i Goma zatumye ikibuga cy’indege gifungwa by’agateganyo

FARDC yohereje iyi ndege n'indi i Goma

Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma cyafunzwe by’agateganyo bitewe n’uko cyateguriwe kwakira indege z’intambara z’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, zaturutse i Kinshasa. Ifungwa ry’agateganyo ry’iki kibuga cy’indege ryamenyeshejwe amasosiyete y’indege z’ubucuruzi mu gitondo cy’uyu wa 6 Ugushyingo, gusa ntabwo impamvu y’iki cyemezo yari yashyizwe ahagaragara. Byavugwaga ko iki kibuga kiraba gikoreshwa n’indege z’intambara […]

Abana babiri barwariye mu bitaro nyuma yo kugaburirwa imvu

Umwana w’imyaka 4 y’amavuko na murumuna we w’imyaka 2, b’umubyeyi w’Umunyakenyakazi witwa Joyce Chemng’etich barwariye mu bitaro nyuma yo kugaburirwa imvu. Uyu mubyeyi utuye mu karere ka Nakuru yasobanuye ko yamenye amakuru y’uko abana be bagaburiwe imvu ubwo yari avuye mu mirimo akesha imibereho yo mu rugo. Ngo yasanze aba bana bataye ubwenge, akurikiranye impamvu […]

Tanzania: Indege itwara abagenzi yaguye mu Kiyaga cya Victoria

Indege itwara abagenzi yaguye mu kiyaga cya Victoria muri Tanzaniya kuri iki Cyumweru ubwo yageragezaga kugwa mu muyaga mwinshi ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Bukoba ku nkombe z’ikiyaga. Abantu 19 muri 43 bari barimo bahasize ubuzima Kugeza ubu abantu 26 barokowe mui abo bagenzi 43 bari mu ndege ya Precision Air cyangwa niba […]

Imyigaragambyo y’abapilote yahagaritse ibikorwa bya Kenya Airways

Aba bapilote bari bateguje ko bahagarika akazi

Abapilote ba sosiyete ya Kenya ishinzwe ubwikorezi bwo mu kirere, Kenya Airways, bamaze iminsi ibiri bigaragambya nyuma y’aho bagejeje ibibazo byabo ku bo bireba ariko ntibahabwe igisubizo. Abahagarariye aba bapilote bahuriye mu ishyirahamwe rya KALPA (Kenya Airways Pilotes Association) tariki ya 4 Ugushyingo 2022 bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, bateguza ko ku munsi ukurikiyeho haraba imyigaragambyo, aho […]

Rusizi: Uwakekwagaho gusambanya abana 2 b’abakobwa yiyahuriye mu biro by’akagari

Basabe Amis w’imyaka 40, wari utuye mu mudugudu wa Murabyo, akagari ka Shara mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi, wakekwagaho kurarana abana 2 b’abakobwa, uw’imyaka 14 n’uwa 11 akanabasambanya, ubwo yagezwaga ku biro by’akagari ka Shara, yabaye acumbikiwe mu cyumba cyako, hatarashira iminota 15 bahamushyize, bagarutse kumureba basanga yimanitse, yapfuye. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe […]

Gen. Ekenge yasobanuye impamvu FARDC yataye Rutshuru na Kiwandja bigafatwa na M23

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, Gen. Sylvain Ekenge, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 05 Uguhyingo yasobanuye impamvu imijyi ya Rutshuru na Kiwanja biherutsegufatwa n’inyeshyamba za M23, avugako batashoboraga kwemera kurwaniraahantu hari abaturage . Gen. Ekenge yari abajijwe, ubwo yasobanuraga uko ikibazo cy’umutekano cyfashe, impamvu imbere ya M23 igisiikare cya leta cyatye […]

Musanze: Abakekwaho gukubita no gukomoretsa abaturage batawe muri yombi

Abantu bakekwa kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa bikomeye Serugendo François na Dusabimana Ntibakunda Gashuhe bamaze gufatwa bakaba bari mu maboko y’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB). Abamaze gufatwa ni abagabo 3 barimo: Maniragaba Evariste, Karekezi ThĂ©ogĂšne bita Birikorimana, Hakorimana na Munyarurembo Justin undi witwa Karekezi ThĂ©ogĂšne ugishakishwa. Aba bose bakurikiranweho iki cyaha bakomoka mu mudugudu wa Murambi, […]

Umuririmbyi n’umuraperi Aaron Carter yasanzwe mu bwogero bwe yapfuye

Umuririmbyi n’umuraperi w’umunyamerika, Aaron Carter, wari murumuna w’umuririmbyi Nick Carter wo muri Backstreet Boys, yapfuye afite imyaka 34 . Urubuga TMZ rwavuze ko Carter bamusanze mu bwogero bwe iwe i Lancaster, muri Californiya, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu. Abahagarariye itsinda rye ni bo bemeje urupfu rwe. Bati: “Kuri ubu ni igihe kibi rwose, […]

2/3 by’abaturage ba Sudani y’Epfo bashobora guhura n’nzara ikaze mu 2023

Kuri uyu wa Kane ushize, ibiro by’Umuryango w’Abibumbye byatangaje ko abantu bagera kuri miliyoni 7.8 muri Sudani y’Epfo, bangna na bibiri bya gatatu by’abaturage, bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa mu gihe cy’umwaka utaha kuva Mata kugera muri Nyakanga kubera imyuzure, amapfa n’amakimbirane . Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibiribwa n’ubuhinzi (FAO), Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana […]

RDC yasubije uwabajije niba ‘muri iki gihe’ Tshisekedi ateganya kujya kuba i Goma

Guverinoma ya RDC yasubije umunyamakuru wabajije niba Perezida FĂ©lix Tshisekedi ateganya kongera gusubira i Goma kubana by’agateganyo n’abahatuye, by’umwihariko muri iki gihe umutwe witwaje intwaro wa M23 uri gusatira uyu mujyi. Ni ikibazo cyabajijwe Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, kuri uyu wa 5 Ugushyingo ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru, cyari cyerekeye ku mirwano ya M23 n’ingabo […]

Somalia: Al Shabab yihoreye ku gisirikare cya leta nyuma yo kwica abarwanyi ba yo basaga 100

Ibiro Ntaramakuru bya Somalia, SONNA, biratangaza ngo umwiyahuzi yiyahuye yiturikirije ibisasu hafi y’ikigo cy’imyitozo ya gisirikare, ahitana byibuze abantu batanu abandi 11 barakomereka . Igitero cyagabwe ku wa Gatandatu mu nkambi iri mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, cyigambwe n’umutwe witwaje intwaro wa al-Shabab kikaba kibaye nyuma y’icyumweru ibindi bitero by’ubwiyahuzi bibiri bihitanye nibura 116 […]

Abakuriye ubutasi mu Rwanda na RDC barateganya guhura

Abakuriye inzego urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) biteganyijwe ko bahurira i Luanda muri Angola mu minsi iri imbere. Ni nyuma yo guhura kwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa RDC, Christophe Lutundula. Ikinyamakuru Jeune Afrique gisobanura ko bakiriwe i Luanda na […]

Nyamasheke/Mahembe: Batewe impungenge no kwigisha amasomo ya mudasobwa mu magambo gusa

Abarimu b'indashyikirwa mu ifoto y'urwibutso n'abayobozi banyuranye

Abarimu bigisha muri bimwe mu bigo by’amashuri yo mu murenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke barasaba akarere n’izindi nzego zirebwa n’uburezi, ubuvugizi bakabasha kwigisha ikoranabuhanga, kuko ibigo byabo bitagira mudasobwa, bikadindiza cyane ireme ry’uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga. Imyigishirize y’ikoranabuhanga ngo ni ingorabahizi muri uyu murenge umaze imyaka 2 gusa ugezemo amashanyarazi mu bice byawo […]

Tshisekedi yaharuriye inzira urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare ku bwinshi

Tshisekedi yasabye urubyiruko kurema amatsinda no kwinjira mu gisirikare ku bwinshi

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo, FĂ©lix Tshisekedi, yaharuriye inzira urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cy’igihugu ku bwinshi. Abanyekongo biganjemo urubyiruko bamaze iminsi bigaragambya, bamagana umutwe witwaje intwaro wa M23 n’u Rwanda bahamya ko ruwufasha, banasaba Tshisekedi kubaha intwaro, bakajya gufasha ingabo zabo ku rugamba. Uyu Mukuru w’Igihugu mu ijambo […]

Hari abatangiye kugira ishyamba Mushikiwabo mu gihe amatora ataha yegereje

Mu gihe inama yawo ya 18 iteganijwe ku ya 19 na 20 Ugushyingo muri Tunisia yegereje ari nabwo hazatorwa umunyamabanga mukuru, Umuryango mpuzamahanga wa La Francophonie (OIF) uranengwa n’amashyirahamwe y’abakozi n’imiryango itegamiye kuri Leta, muri Gabon, bemeza ko ‘itakita ku nshingano za yo zo guteza imbere no kurengera ururimi rw’Igifaransa kuva Mushikiwabo yagera ku buyobozi […]

Abazungu b’Abakirisito biteguye gutangiza intambara y’abenegihugu muri Amerika – Prof. Walter

2021-01-08t053640z_7_lynxmpeh07014_rtroptp_4_usa-election-international-reaction-1024x683.jpg

Umwarimu wo muri California akaba n’uwahoze ari umusesenguzi wa CIA yavuze ko Abazungu b’Abakirisito biteguye gutangiza intambara y’abenegihugu muri Amerika . Barbara F. Walter, umwanditsi w’igitabo cyasohotse muri uyu mwaka yise “How Civil Wars Starts”, cyngwa se “Uko Intambara z’abenegihugu zitangira,” mu Kinyarwanda, yagarutse kuri ibi mu kiganiro na PBS ku mugoroba wo ku wa […]

Le président Paul Kagame met en service 568 élÚves-officiers

fgtltuowyaa9ucj.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame a mis en service 568 Ă©lĂšves-officiers qui ont terminĂ© leur formation Ă  l’AcadĂ©mie militaire du Rwanda Ă  Gako . Parmi eux, 475 ont Ă©tĂ© formĂ©s pendant un an tandis que 93 sont diplĂŽmĂ©s aprĂšs quatre ans de formation acadĂ©mique et militaire. Les officiers diplĂŽmĂ©s seront rejoints par 24 jeunes Rwandais qui […]

Uhuru Kenyatta yagiye kuganira na Ndayishimiye ku bibazo bireba u Rwanda

Indege ya Kenya Airforce ni yo yagejeje Uhuru i Bujumbura

Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya yageze i Bujumbura, aho yagiye kuganira na Perezida w’u Burundi akaba n’Umukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, ku bibazo by’umutekano muke mu karere, by’umwihariko mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Uyu munyapolitiki usanzwe ari umuhuza wa Leta ya RDC n’imitwe yitwaje intwaro yemeye kujya […]

Goma: Umurambo wa Muhima ugaragaza iyicwarubozo wasanzwe hafi ya Hotel Colibris

Umurambo w’umugabo, Muhindo Muhima bakundaga kwita Capitaine uri mu kigero cy’imyaka 30 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 4 Ugushyingo 2022 wagaragaye hafi ya Hotel Colibris mu Mujyi wa Goma, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Ibimenyetso byagaragaye ku murambo wa Muhindo Muhima bigaragaza ko yapfuye nyuma yo gukorerwa iyicarubozo […]

Kenya: Banki yirengeye ingaruka z’ikosa yakoreye abakiriya, ibaha indishyi

Banki ya I&M, ishami rya Kenya, yafashe umwanzuro wo kwirengera ingaruka yakoreye bamwe mu bakiriya bayo, ibagenera indishyi. Iyi banki yashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kwishyurana mu masaha atarenze abiri bwitwa RTGS (Real Time Gross Settlement). Gusa bamwe mu bakiriya b’iyi banki baherutse kugira ikibazo cyo kwishyura bakoresheje ubu buryo, ariko ntibwakunda, batangira kwinuba. Nyuma y’iki […]

Miliyoni 4,5 z’Abanya-Ukraine zisanze mu kizima nyuma y’ibitero by’u Burusiya ku bikorwaremezo by’ingufu

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yashinje u Burusiya gukoresha “iterabwoba ryibasira ingufu” kubera ko ingabo z’u Burusiya zirimo gutsindwa ku rugamba, nyuma y’aho miliyoni zisaga 4,5 z’Abanya-Ukraine zisanze mu kizima nyuma y’ibitero by’u Burusiya ku muyoboro w’amashanyarazi . Mu byumweru bishize, u Burusiya bwagabye ibitero binini bya misile na drone ku bigo by’amashanyarazi bya Ukraine. […]

Guinea: Alpha Conde wahiritswe ku butegetsi agiye gutangira gukurikiranwa n’ubutabera

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Guinea bwategetse kuri uyu wa Kane ushize gutangira gukurikirana mu nkiko uwahoze ari perezida, Alpha CondĂ©, wahiritswe ku butegetsi kuwa 5 Nzeri mu 2021, hamwe n’abayobozi bakuru cyangwa abahoze ari abaminisitiri barenga 180 bashinjwa ibyaha bya ruswa . Abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu, hashize umwaka urenga, biyemeje kurwanya ruswa, ifatwa nk’icyorezo […]

Iperereza ku bahoze ari abayobozi bakuru muri RURA rirakomeje mu gihe bidegembya

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rurimo gukora iperereza ku bikorwa bibi byavuzwe mu micungire y’Urwego rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye akamaro igihugu (RURA) yatumye abayobozi batatu bakuru b’uru rwego birukanwa ubu bakaba bakurikiranwa bidegembya . Umuvugizi wa RIB, Thierry Murangira, yavuze ko ari ukuri ko hakomeje iperereza kandi ko abafitanye isano rya bugufi n’iyi dosiye […]

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda

Abanyekongo baba mu Rwanda barashimira Abanyarwanda kuba bakomeje kubacumbikira no kubafata neza, mu gihe by’umwihariko umubano w’ibihugu byabo ukomeje kuzamba. Dr Awazi Bohwa Raymond uhagarariye aba Banyekongo mu rwego rw’amategeko, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2022. Yagize ati: “Diaspora y’Abanyekongo mu Rwanda irashimira Abanyarwanda ko n’ubwo hariho ikibazo cy’umuryango wo muri […]

Urubura rwagiraga Kilimanjaro ahantu nyaburanga rushobora kuzaba rwazimiye mu 2050

skynews-mount-kilimanjaro-glacier_5952784.jpg

Urubura rutwikiriye imisozi UNESCO yashyizwe mu murage w’Isi nka Yellowstone na Parike y’igihugu ya Kilimanjaro rushobora kuzaba rwashizeho burundu mu 2050, nk’uko iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye ryaburiye kuri uyu wa Kane, risaba abayobozi kwihutira gutabara ahasigaye . Iyi miburo yakurikiranye n’ubushakashatsi bwakozwe ku rubura 18,600 rutwikiriye ahantu 50 ndangamurage w’Isi, kuri kilometero kare 66.000, aho […]