Perezida Kagame yageze i Bali aho yitabiriye inama ya G20 – Amafoto

fhgwz64x0aetykh.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akaba Umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD), yamaze kugera i Bali, mu gihugu cya Indonesia aho aziyunga ku bandi bayobozi b’Isi bitabiriye inama y’Ibihugu 20 bikize kurusha ibindi (G20) . Iyi nama biteganyjwe ko izatangira kuri […]

Nkombo: Batewe inkeke n’igishorobwa

Uyu mugore avuga ko umurima ibi bishorobwa byagezemo bataba bagisaruye

Abaturage b’utugari twa Bugarura, Rwenje, Kamagimbo n’igice kimwe cya Bigoga mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko batewe inkeke n’igishorobwa kibacagagurira imyaka gihereye mu butaka, bagasaba ubuyobozi bw’akarere kubasura bakirebera igihombo kibateza, hakaba hanakorwa ubushakashatsi bwimbitse ngo ibyacyo bimenyekane neza n’uburyo cyacika. Ubwo Umunyamakuru wa BWIZA yahageraga nyuma y’intabaza y’aba baturage,abakuru muri […]

Minisitiri Muyaya yavuze ku masezerano y’ibanga yaba yarasinywe na Tshisekedi n’u Rwanda

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo aremeza ko nta masezerano y’ibanga Perezida Tshisekedi yigeze agirana n’u Rwanda ahubwo akavuga ko amasezerano atatu y’ubucuruzi ari yo yasinywe muri Kamena 2021 hagati y’ibihugu byombi, na yo yahagaritswe bisabwe n’inama nkuru y’umutekano kugira ngo basubize icyo bita ubushotoranyi bw’u Rwanda . “Ababona mu bushotoranyi bw’u […]

Kicukiro: Urukiko rwashyikirijwe dosiye y’umugabo ushinjwa kwica umugore we

Ubushinjacyaha urwego rw’ibanze rwa Kicukiro ku wa 12 Ugushyingo 2022 bwakiriye dosiye y’umugabo witwa Mugabutsinze Olivier wishe umugore we Uwarwego Francine babanaga batarashyingiranwe byemewe n’amategeko, akaba yaramwishe amuteye icyuma mu gatuza . Ibi ngo byabereye mu Mudugudu wa Mahoro, Akagali ka Karambo, Umurenge wa Gatenga nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru. Uregwa yemera icyaha akanagisabira imbabazi; akavuga […]

Umuherwe Bezos yahaye umuhanzi Dolly Patron ishimwe rya miliyoni 100 z’amadolari

Jeff Bezos uri mu baherwe ba mbere ku Isi yahaye umuhanzi Dolly Patron wo muri Leta zunze ubumwe za Amerika ishimwe ry’amadolari miliyoni 100 (angana na miliyari 100 z’amafaranga y’u Rwanda). Uyu muherwe yatangiye iri shimwe mu muhango witabiriwe n’umugore we, Lauren Sanchez, ari na we watangaje ko Patron ari we wegukanye aya mafaranga ku […]

Kinshasa: Uwahoze ari umujyanama wa Perezida Tshisekedi aratangira kuburanishwa

Uwahoze ari umujyanama mu by’ingamba wa Perezida FĂ©lix Tshisekedi, Vidiye Tshimanga, aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Mbere, itariki 14 Ugushyingo n’Urukiko rw’Amahoro rwa Kinshasa-Gombe . Uyu washyizwe mu buroko ku ya 21 Nzeri 2022 muri Gereza ya Makala akarekurwa by’agateganyo nyuma y’icyumweru, ari mu mazi abira kuva yatamazwa muri Nzeri na videwo yamugaragaje yizeza gutanga […]

RDC yatangaje ko intwaro igura zifatirwa kubera urutonde yashyizweho na UN

Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasobanuye ko bimwe mu bidindiza igisirikare cyayo muri iki gihe harimo ko igura intwaro, zigafatirwa zigeze mu nzira bitewe n’urutonde yashyizweho n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 11 Ugushyingo 2022, yagaragaje ko guverinoma yabo […]

Sukhoi ya RDC yavogereye u Rwanda, Gatabazi arasimburwa, ba komanda ba EAC bahurira i Bujumbura: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 7 Ugushyingo 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye kuri politiki ndetse n’umutekano. Harimo ko: Indege y’intambara ya RDC yavogereye u Rwanda Indege y’intambara y’igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) y’ubwoko bwa Sukhoi-25 ku manywa yo ku wa 7 Ugushyingo yavogereye ikirere cy’u Rwanda, isubirayo ihamaze umwanya muto. Ni imwe […]

Kirundo: Imbonerakure yishwe na bagenzi bayo bayishinja kumena amabanga

Umugabo w’imyaka 41 wo mu gihugu cy’u Burundi bivugwa ko yari Imbonerakure, kuwa Kane ushize yiciwe ahitwa Rwimbogo, muri zone ya Rushubije muri komini ya Ntega (intara ya Kirundo, mu majyaruguru y’u Burundi) yishwe na bagenzi be . Uyu wahohotewe witwa Habayimana wari Imbonerakure (umwe mu bagize urubyiruko rwa CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi) ngo […]

Nyaruguru: Le cyclisme pour promouvoir le tourisme et les investissements

La vice maire Gashema (à droite) et le président de la FERWACY, Abdallah Murenzi, lançant le tournoi

Le district de Nyaruguru et ses partenaires en collaboration avec la FĂ©dĂ©ration Rwandaise de Cyclisme (FERWACY) ont organisĂ©, ce 12 dĂ©cembre 2022, un tournoi de cyclisme professionnel appelĂ© “Kibeho Race”. L’objectif Ă©tait de rendre le district plus visible et ainsi promouvoir les investissements privĂ©s et le tourisme sur la terre sainte de Kibeho. Au total, […]

Rusizi: Imiryango irimo uwari uherutse gusenyerwa n’inkangu yahawe inzu

Abayobozi bo muri Bweyeye bashyikiriza Mukeshimana inzu

Imiryango 3 yanyagirirwaga mu nzu mbi yabagamo, irimo uwari uherutse kurokoka inkangu yawusenyeye, yashyikirijwe inzu yujurijwe, itabariza n’indi ivuga ko imerewe nabi cyane muri iki gihe cy’imvura nyinshi igwa mu karere ka Rusizi ibarizwamo. Ni imiryango yo mu kagari ka Kiyabo, umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi, bamwe mu bayigize baganiriye na BWIZA bavuga […]

Umutwe wa M23 ubu urabarizwa mu birometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma

Nyuma ya Kibumba, umutwe wa M23 watangaje kuri uyu wa Gatandatu ko wigaruriye agace ka Kanyamahoro mu birometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru . Biravugwa ko Gurupoma ya Buhumba ndetse n’umupaka wa Kabuhanga, i Kibumba kuri ubu bigenzurwa n’inyeshyamba za M23 kandi zikomeje kwegera imbere zisatira Goma. Ni nyuma […]

Nyabihu: Akurikiranweho kugerageza kwica umuryango we awuteye gerenade

Dr Muhire uyobora ibitaro bya Ruhengeri

Umugabo witwa Nzabanita Augustin wo mu mudugudu wa Kabere, akagari ka Kanyove, umurenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu afungiye kuri sitasiyo y’urwego rw’ubugenzacyaha ya Mukamira akekwaho gushaka kwica umugore we Nyiramariza Madalina n’umwana we Ujeneza GisĂšle abateye gerenade. Byabaye tariki ya 10 Ugushyingo 2022, ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba ubwo Nyiramariza n’umwana we […]

Rutshuru: Depite Ngaruye arashinja M23 kwinjiza urubyiruko mu nyeshyamba ku gahato

Umudepite ku rwego rw’intara, Emmanuel Ngaruye, kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 12 Ugushyingo, yashinje inyeshyamba za M23 kwinjiza urubyiruko mu mutwe wabo muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru . Ubwo yari i Kinshasa, uyu muyobozi watowe ukomoka i Rutshuru avuga ko yabibwiwe n’abaturage bo muri Gurupoma za Busanza na Bukoma, cyane cyane […]

Umugabo wamaze imyaka 18 aba ku Kibuga cy’Indege cya Paris yapfuye nyuma yo gusubirayo

91avfh9kuhl._ac_sl1500_.jpg

Umugabo wo muri Irani wamaze imyaka 18 aba ku kibuga cy’indege cya Paris yasezye ku Isi y’abazima kuri uyu wa Gatandatu, itariki 12 Ugushyingo azize uburwayi ku myaka 76 . Uyu mugabo wisanze hagati y’amakimbirane ashingiye kuri dipolomasi, Mehran Karimi Nasseri yagize agace gato k’ikibuga cy’indege cya Roissy Charles de Gaulle iwe mu 1988. Ibyamubayeho […]

Undi Mukuru w’Igihugu yagiye i Kinshasa gukurikirana ikibazo cy’u Rwanda na RDC

Perezida EmbalĂł ari mu ruzinduko rwo kunga u Rwanda na RDC

Perezida wa GuinĂ©e Bissau, Umaro Sissoco EmbalĂł, yaraye ageze mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Kinshasa, aho yagiye gukurikirana ikibazo cy’iki gihugu n’u Rwanda. Uyu Mukuru w’Igihugu usanzwe ari Perezida w’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburengerazuba (ECOWAS) yatangaje ko yakiriwe na Perezida wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi, baganira kuri iki kibazo. Yagize ati: “Uyu […]

Meteo Rwanda iremeza ko uku kwezi kuzarangwa n’imvura nyinshi ishobora guteza ibiza

Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe kiremeza ko muri uku kwezi kugeza ku itariki ya 20 Ugushyingo mu bice bimwe na bimwe by’igihugu cyane cyane mu burengerazuba no mu majyaruguru hazagwa imvura nyinshi ishobora guteza ibiza nk’imyuzure n’inkangu . 1. Imvura iteganyijwe: Mu gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo 2022 (kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20), mu […]

Perezida Kagame yasobanuye uko umubyeyi we yambuwe kampani ikomeye

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yasobanuye uko umubyeyi we Rutagambwa DĂ©ogratius yambuwe kampani y’ubucuruzi ikomeye yamenyekanye nka TRAFIPRO yari yarashinze mu mwaka w’1955. Umukuru w’Igihugu wari witabiriye ihuriro rya 15 ry’umuryango Unity Club Intwararumuri kuri uyu wa 12 Ugushyingo, yavuze ko burya iyi kampani yamamaye cyane mu Rwanda ari se wayishinze. Yagize ati: “TRAFIPRO mwarayumvise? […]

Huye: Yafatanywe amabaro 9 y’imyenda ya caguwa

Ku wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) mu Karere ka Huye, yafatanye umugore witwa Niyotwagira Annonciata w’imyaka 56, ibicuruzwa bigizwe n’imyenda ya caguwa amabaro 9 yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu ivanywe mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi . Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Huye […]

RDC: Abakozi babiri bakuru muri perezidansi baba bafunzwe bazira u Rwanda

Umuhuzabikorwa ushinzwe umutekano w’imbere muri Perezidansi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Didier Baitopala n’umuyobozi wa Protokole, Freddy Kangudia, bafungiye muri Gereza Nkuru ya Makala bazira u Rwanda nk’uko amakuru mediacongo.net ivuga ko yashyizwe ahagaragara na Africanews avuga . Aya makuru akomeza asobanura ko Umuhuzabikorwa w’urwego rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Addis Abeba […]

Se wa Tupac, Mutulu Shakur, wari umaze imyaka 36 muri gereza yarekuwe by’agateganyo

Mutulu Shakur, umugabo wa nyina wa 2Pac Shakur ari nawe wamureze akamuha n’izina rye, yarekuwe by’agateganyo muri gereza yari amazemo imyaka 36 afunzwe kubera ko ubuzima bwe bwifashe nabi . Amakuru atangazwa na Intercept avuga ko akanama ka Amerika gashinzwe kurekura imfungwa by’agateganyo kuwa 10 Ugushyingo kifuje guha uyu mugabo uri mu myaka 70, amahirwe […]

Minisitiri Tete yasubije uwamubajije niba Angola yarabajije u Rwanda impamvu ‘rushotora RDC’

Minisitiri Tete ubwo yari mu kiganiro n'abanyamakuru i Kinshasa

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola, Ambasaderi Tete Antonio na mugenzi we wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Christophe Lutundula kuri uyu wa 12 Ugushyingo bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa. Iki kiganiro cyarebanaga n’uruzinduko Minisitiri Tete na Perezida wa Angola, JoĂŁo Lourenço, bagiriye mu Rwanda na RDC, rwari rwerekeye ku kunga ibi bihugu by’ibituranyi […]

Indege z’igisirikare cya USA zagonganiye mu kirere

Indege ebyiri z’igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zagonganiye mu kirere cyo mu mujyi wa Dallas muri leta ya Texas kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2022. Izi ndege: Boeing B-17 Flying Fortress na Bell P-63 Kingcobra zagonganye ubwo zari mu myiyerekane y’izifashishijwe mu ntambara ya kabiri y’Isi yabaye kuva mu mwaka w’1939 kugeza […]

Nyamasheke: Abapasiteri basabwe imbaraga mu kubaka umuryango utekanye

Musenyeri Kayinamura yerekana abayobozi batowe ba Conference n'abafasha babo

Mu gihe hirya no hino mu gihugu hari ahagenda hagaragara ingaruka ziterwa n’imibanire mibi mu miryango imwe n’imwe, abapasiteri, abandi bakozi b’Imana n’abakristo b’itorero EMLR, Conference ya Nyabinaga barasabwa imbaraga mu kubaka umuryango nyarwanda utekanye, kuko ngo igihe waba ukimbiranye n’ibikorwa by’iterambere ry’umwuka n’iry’umubiri bitashoboka. Babisabwe n’umwepisikopi w’iri torero, Kayinamura Samuel, n’umuyobozi wungirije w’aka karere […]

Kiliziya Gaturika yahamagariye abayoboke ba yo kuzitabira imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Abagaturika bo muri Repubulika ya Demokasi ya Congo ku itariki 04 Ukuboza bazazindukira mu myigaragambyo yo kwamagana icyo bita ubushotoranyi bw’ u Rwanda n’umugambi wo gucamo ibice igihugu . Ni bumwe mu butumwa bukubiye mu itangazo ry’Inama y’Abepisikopi bo muri Congo (CENCO) ryo ku itariki ya 9 Ugushyingo 2022, ku bijyanye n’ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba […]

Tshisekedi yakiriye abahagarariye Abatutsi bavuga Ikinyarwanda

Baganiriye ku mutekano w'Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yakiriye abahagarariye Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi barimo abanyapolitiki bakorera mu nzego zitandukanye za Leta. Mu bo yakiriye bagera kuri 20 harimo: Edouard Mwangachuchu uyobora umuryango w’Abatutsi bo muri RDC, Depite MoĂŻse Nyarugabo, Me Azarias Ruberwa, Minisitiri Alexis Gisaro, Me Ali Kabengera, Maguy Rwakabuba, […]

Rusizi: Umucungamutungo wa SACCO yirukanwe burundu azira urufunguzo rw’umutamenwa

Umuyobozi mushya w'iyi SACCO, Niyonzima Donatien, yijeje impinduka mu mikorere

Nyuma y’aho Uwayisaba Ange wari umucungamutungo wa Nkamira SACCO Kamembe mu karere ka Rusizi ahagaritswe n’inama y’ubutegetsi (CA) yayo azira amakosa ngo atihanganirwa, umunsi wo kumuhagarika akaba ari na wo uwari umuyobozi w’iyo CA Murekatete Emerance yeguraho mu buryo ngo budasobanutse, hakiyambazwa BNR, birangiye Uwayisaba yirukanwe burundu. Iyi SACCO yakunze kugaragaramo ibibazo by’imiyoborere mibi n’inyereza […]

Kenya: Umusore akurikiranweho kwiba amaguru ya machine gun irinda ikigo cya gisirikare

Umusore wo mu gihugu cya Kenya yashinjwe ubujura nyuma yo kwiyemerera icyaha cyo kwiba icyuma bashingaho imbunda ya machine gun yari irinze ikigo cya gisirikare cya Embakasi i Nairobi . Kuri uyu wa Kane, itariki ya 10 Ugushyingo, MacDonald Wanjohi yagejejwe imbere y’urukiko rwa Makadara, aho yemeye ko yibye ibikoresho by’igisirikare. Ku wa Kabiri, itariki […]

Uganda: Umunyemari Hamis Kiggundu yajyanye mu rukiko Umwami wa Buganda

Umunyemari wo mu gihugu cya Uganda, Hamis Kiggundu, yajyanye mu rukiko Umwami wa Buganda, Ronald Muwenda Mutebi, amushinja kwigarurira ubutaka bwe buherereye ahitwa Kigo . Kiggundu uzwi cyane nka Ham, ararega umwami ndetse na Minisiteri y’ubutaka, imyubakire n’iterambere ry’imijyi mu rubanza mu bujurire rwaregewe mu Rukiko Rukuru rwa Kampala. Abinyujije ku banyamategeko be bo mu […]

Umugabo yishe umwana we w’ikinege amuziza ko ari umuswa

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, Igipolisi cya Repubulika ya Demokarasi yaa Congo cyataye muri yombi umugabo uzwi ku izina rya “semi robot ” ushijwa kwica umwana we amuziza ko atakoze umukoro wo mu rugo . Nk’uko abatangabuhamya babitangaje, ngo uyu mugabo wari wasinze mu ijoro ryo kuwa Kabiri ushize, yatashye mu ma […]

Visite du ministre kenyan des Affaires étrangÚres au Rwanda ce vendredi

Le ministre des Affaires Ă©trangĂšres du Kenya, Alfred Mutua, sera au Rwanda ce vendredi 11 novembre . Sans divulguer de dĂ©tails, le haut-commissariat du Kenya au Rwanda a dĂ©clarĂ© au New Times qu’il venait pour une visite de courtoisie visant Ă  “chercher des moyens d’approfondir les relations entre les deux pays”. Mutua a Ă©tĂ© nommĂ© […]

Putin yategetse ko isomo ry’igisirikare ryigishwa no mu mashuri asanzwe

Putin abona bikwiye ko buri mwana w'Umurusiya agira ubumenyi mu by'igisirikare

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yategetse ko guhera mu mwaka utaha, isomo ry’ubumenyi bw’ibanze ku gisirikare rijya ryigishwa no mu mashuri asanzwe yigishwamo ubumenyi rusange. Ni icyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’uburezi y’u Burusiya, isobanura ko iri somo rizaba ari inyongera (extra-curricular), iti: “Isomo ry’inyongera ku mahugurwa y’ubumenyi bw’igisirikare rizategurirwa amashuri yo mu Burusiya kandi ritangire […]

Mushikiwabo yatumiye Perezida Zelensky na Minisitiri Kuleba mu nama ya OIF izabera muri Tunisia

Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (La Francophonie) watumiye Perezida Volodymyr Zelensky na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, mu nama y’uyu muryango itegerejwe kuwa 19 kugeza kuwa 20 Ugushyingo i Djerba muri Tunisia . Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, yamushyikirije ubwo butumire ubwo yagiranaga […]

Nyamasheke: Abagore bahinga kawa bahawe imashini zidoda

Abayobozi banyuranye bafasha Dorman Rwanda mu guha abaturage izi mashini

Abagore 19 bahinga kawa bibumbiye mu itsinda ‘Abishyize Bamwe’ rikorera mu kagari ka Rushyarara, umurenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 9 Ugushyingo bashyikirijwe na kampani ya Dorman imashini zidoda mu rwego rwo kubongerera ubushobozi bwo gukora ku ifaranga ngo barusheho kunoza ubuhinzi bwabo. Mu kiganiro na BWIZA nyuma yo kuzihabwa, aba […]

UN iri gushakira mu karere ibimenyetso byatuma ihana abafasha imitwe y’inyeshyamba

Umuryango w’Abibumbye (UN) uri gushakira mu bihugu bigize akarere ibimenyetso byatuma ifatira ibihano abafasha imitwe yitwaje intwaro n’iy’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Byatangajwe na Perezida wa komite ishinzwe ibihano muri UN, Michel-Xavier Biang, mu kiganiro yagiranye na Radio Okapi ubwo yari mu ruzinduko muri RDC. Yagize ati: “Ikigo icyo […]

Minisitiri w’ingabo wa RDC yagiye gusaba Turkiya izindi ndege zo kurwanya M23

fhn38ulxkai_hwd.jpg

Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gilbert Kabanda, kuri uyu wa Gatatu ushize yakiriwe na mugenzi we wa Turkia, Hulusi Akaar, aho bivugwa ko yari agiye gushakira ingabo ze ibindi bikoresho by’intambara, mu gihe bizwi ko muri iki gihe Turkiya ifite isoko rinini rya drones zayo zifite ikoranabuhanga riteye imbere . Umuhango wa […]

Urukiko rwahanishije abasore babiri gukoropa imisarani iminsi 30

Aba basore bahanishijwe ibihano birimo gukoropa imisarani

Urukiko rwa Kano muri Nigeria rwahanishije abasore babiri ibihano birimo gukoropa imisarani mu gihe cy’iminsi 30, rubaziza guharabika Guverineri Abdullahi Umar Ganduje rwifashishije urubuga nkoranyambaga rwa Tiktok. Mu mwaka w’2018 ni bwo aba basore: Mubarak Isah Mohammad w’imyaka 26 y’amavuko na Nazifi Muhammad Bala w’imyaka 23 bashyize iyi videwo y’urwenya kuri uru rubuga, bagaragaza uwo […]

Abaperezida bane bo muri Afurika barimo gutegura kwivugana Perezida Tshisekedi – Pasiteri Roland Dalo

50324157_1965327310253815_9024938255652487168_n.jpg

Umwanditsi w’iyerekwa ryinshi ku iterambere ry’igihugu kuva Felix Tshisekedi yagera ku butegetsi muri DRC, bivugwa ko ari umukozi w’Imana uzwi muri iki gihugu, RĂ©vĂ©rend Pasteur Roland Dalo aratangaza ko yabonye mu iyerekwa rye gahunda yo kwivugana umukuru w’igihugu, Felix Tshisekedi, yishwe na bagenzi be bo muri Afurika . Pasiteri Roland Dalo ni umushumba w’itorero Centre […]

Fayulu yibasiye Tshisekedi, amwita intumwa y’u Rwanda

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yibasiye Perezida FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, amwita intumwa yashyizweho na Leta y’u Rwanda. Fayulu uyobora ishyaka ECidĂ© mu kiganiro yagiriye kuri TV5 Monde kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2022, cyibanze ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu cyabo, by’umwihariko ku mirwano y’ingabo za […]

Ntabwo nariye Repubulika eshatu, narazikoreye: Rucagu Boniface

Umunyapolitiki Rucagu Boniface uri mu kanama ngishwanama k’inararibonye yasubije umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga ko atigeze arya Repubulika eshatu, ahubwo ko yazikoreye. Ni igisubizo yatanze gikomoka ku kibazo yari abajijwe n’uwiyise Corona Vibes wari umaze kumusaba kumuhishurira ibanga ry’ukuntu yashoboye gukorera muri Repubulika eshatu; ibyo yise kuziryaho. Iki kibazo nacyo cyashingiraga ku butumwa bwa Rucagu […]

Iran iremeza ko yamaze gukora misile ifite umuvuduko ukubye uw’ijwi inshuro eshanu

Kuri uyu wa Kane, umusirikare mukuru mu gisirikare cya Iran yabwiye abanyamakuru ko Irani yakoze misile ya ballistique ishobora kuguruka ku muvuduko ukabije ukubye uw’ijwi inshuro zigera kuri eshanu nk’uko tubikesha Russian Today. Ni Sisitemu y’intwaro bavuga ko yagenewe gusenya ubwirinzi bwa missile bw’umwanzi kandi ishobora kuyoborwa haba imbere ndetse no hanze y’ikirere, byerekana intera […]

Loni yagaragaje ukuri kuri embargo bivugwa ko yafatiwe Igisirikare cya RDC

bahati_xavier_22_02145.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 09 Ugushyingo, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, Modeste Bahati Lukwebo, yakiriye Perezida wa Komite ishinzwe ibihano mu Kanama gashinzwe Umutekano ka Loni, Michel-Xavier Biang wasobanuye ikibazo kijyanye n’ibihano (embargo) bivugwa bibuza Repubulika ya Demokarasi ya Congo kugura intwaro . Michel-Xavier BIANG yasobanuye ko nta bihano byo kugura […]

Musabyimana remplace Gatabazi au poste de ministre des Collectivités locales

arton152584.jpg

Le prĂ©sident Paul Kagame a nommĂ©, jeudi 10 novembre, Jean-Claude Musabyimana au poste de ministre des CollectivitĂ©s locales, en remplacement de Jean-Marie Vianney Gatabazi . Musabyimana a Ă©tĂ© secrĂ©taire permanent du ministĂšre de l’Agriculture et des Ressources animales (MINAGRI). Il n’y a eu aucune communication officielle du nouveau rĂŽle de Gatabazi, qui Ă©tait Ă  la […]

M23 yatangaje ko Leta ya RDC nikomeza kwinangira, na Goma izafatwa

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nibukomeza kwinangira, bukanga imishyikirano, uzafata n’umujyi wa Goma. Byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa M23 ku rwego rwa politiki, Canisius Munyarugero, mu kiganiro yagiranye na BWIZA mu gitondo cy’uyu wa 10 Ugushyingo 2022. M23 iherutse gutangaza ko mu gihe imishyikirano na Leta […]

USA: Umunyapolitiki wapfuye yatsinze amatora y’Inteko kuri 85%

Umunyapolitiki Tony DeLuca wapfuye mu kwezi gushize yatorewe umwanya w’umushingamategeko mu nteko ishinga amategeko muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), ku majwi 85%. Ni itora ryashimishije komite y’ishyaka rya Democrate mu nteko ishinga amategeko ya Leta ya Pensylvannia, isohora itangazo rigaragaza ibyiyumvire ifite. Yagize ati: “N’ubwo twababajwe n’urupfu rw’intumwa Tony DeLuca, dutewe ishema no […]

Igisirikare cya Somalia cyishe abarwanyi 20 ba Al Shabab kibohoza n’imijyi ibiri

Ingabo za Somalia hamwe n’imitwe yitwara gisirikare ikorana nazo zishe nibura abarwanyi 20 ba al Shabaab mu mijyi yo hagati mu gihugu, nk’uko umuyobozi w’akarere na Minisiteri y’itangazamakuru babitangaje kuri uyu wa Gatatu . Minisitiri w’itangazamakuru muri leta ya Galmudug, Ahmed Shire Falagle, yavuze ko mu mirwano yakurikiyeho hagati y’izo mpande zombi, ingabo n’iyo mitwe […]

La Haye: Humviswe umutangabuhamya wemeza ko yabonye Kabuga ku Gisenyi atanga intwaro

Kuri uyu wa Gatatu urwego rwasigariye kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga rwakomeje kuburanisha urubanza ruregwamo umunyemari Felicien Kabuga ibyaha bya jenoside, humvwa abatangabuhamya b’ubushinjacyaha . Mu iburanisha rya none humviswe umutangabuhamwa wemeza ko yiyumviye Kabuga, wari uri mu rukiko, ashishikariza abantu gutanga amafaranga yo gufasha igisirikare mu ntambara yo kubuza Abatutsi kongera gutegeka igihugu kuko […]

MoĂŻse Katumbi abona ingabo za Angola ari zo zashobora gufasha FARDC

Umunyapolitiki MoĂŻse Katumbi uyobora ishyaka Ensemble pour la RĂ©publique rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) abona ingabo za Angola ari zo zashobora gufasha izabo gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba. Mu itangazo yashyize hanze tariki ya 8 Ugushyingo 2022 ryerekeye ku mirwano imaze iminsi hagati y’ingabo za Leta, FARDC n’umutwe witwaje intwaro wa […]

U Burusiya bwategetse ingabo zabwo kuva mu gice cy’ingenzi zarimo muri Ukraine

Gen. Surovikin yasobanuye ko umutekano w'inyuma y'umugezi wa Dnieper utizewe

Minisitiri w’ingabo z’u Burusiya, Sergei Shoigu, yategetse abasirikare bari inyuma y’umugezi munini wa Dnieper uherera ku ruhande rw’intara ya Kherson kuhava ku mpamvu y’umutekano wabo, uw’ibikoresho byabo ndetse n’uw’abasivili. Ni icyemezo yafashe nyuma yo kuganira kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2022 na komanda w’ingabo z’u Burusiya ziri kurwanira muri Ukraine, General Sergei Surovikin. Ni ikiganiro […]

Abagaba b’ingabo zo muri EAC bahuriye i Bujumbura

Gen. Affonso uyobora ingabo za MONUSCO na Prime Niyongabo uyobora iz'u Burundi

Abagaba b’ingabo zo mu bihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama yabereye mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, Bujumbura. Iyi nama yabaye kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2022 yatumiwemo komanda w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (MONUSCO), General Marcos De SĂĄ Affonso Da Costa, […]

U Bufaransa bwarakariye u Butaliyani bwanze kwakira abimukira baturutse muri Afurika

Guverinoma y’u Bufaransa yagaragaje ko yarakajwe n’uko u Butaliyani bwanze kwakira ubwato bwari butwaye abimukira 234 baturutse mu majyaruguru y’umugabane wa Afurika. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko nyuma yo gutabarirwa ku nyanja ya Mediterranee, aba bimukira bari bamaze ibyumweru bibiri bacumbikiwe mu bwato bw’ubugiraneza bwa Ocean Viking ku cyambu cy’u Butaliyani. Gusa ngo guverinoma […]

U Bwongereza: Umwami Charles III n’umugore we Camilla batewe amagi

Kuri uyu wa Gatatu, umugabo wo mu Bwongereza yatawe muri yombi nyuma yo gutera amagi Umwami Charles III na Camilla, umugore we akaba n’umwamikazi, ubwo bari mu majyaruguru y’u Bwongereza . Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye amagi ane mu kirere anyura hejuru y’umwami w’u Bwongereza n’umugore we yikubita hasi ubwo bari bageze mu birori […]

Gasabo: Umusore urwaye impyiko zombi arasaba ubufasha

Niyigena mbere y'uko arwara impyiko zombi

Umusore witwa Niyigena Emmanuel utuye mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo, arasaba abagiraneza kumufasha kubona ubushobozi bw’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 18 asabwa kugira ngo yivuze impyiko ebyiri. Niyigena mu kiganiro yagiranye na BWIZA, yatangaje ko iyi ndwara yamufashe muri Werurwe 2022, nyuma yo kurangiza amasomo ya ‘civil engineering’ muri kaminuza ya INES-Ruhengeri. Yakomeje […]

M23 iremeza ko idateganya kuzasubira mu nkambi z’impunzi ahubwo yiteguye kwirwanaho

Umuyobozi wa politiki wa M23 , Bertrand Bisiimwa, abinyujije kuri twitter, yatangaje ko amahitamo yabo ari ibiganiro byo gukemura ikibazo, ariko ko niba Kinshasa yahisemo intambara, igomba kwirengera intambara, ufite imbaraga akazatsinda kandi Kinshasa itazongera gusaba uyu mutwe kuva mu bice yatakaje . Mu itangazo bwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, itariki 08 Ugushyingo 2022, […]

Umugabo w’i Ruhango wari warahungiye i Kigali ari kwitegura gutaha

Umuturage witwa Habimana Jean Baptiste wabwiye bwiza.com ko yari amaze amezi 9 ahungiye mu mujyi wa Kigali, avuga ko inama njyanama y’akarere ka Ruhango yateranye ikamusaba gutaha iwe mu rugo. Ni inama avuga ko yabaye kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2022, yayobowe na Hon. Byabarumwanzi François wigeze kuganira na Habimana ku kibazo cye gikomoka ku […]

Impamvu Perezida Museveni yirukanye Gen. Lutaaya wari umugaba w’ingabo zirwanira mu kirere

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko uwari umugaba mukuru w’ingabo zirwaniraa mu kirere, Lt. Gen. Charles Lutaaya, wasimbuwe kuri uyu mwanya, yawirukanweho na Perezida Museveni, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, kubera impanuka nyinshi kajugujugu z’igisirikare zimaze iminsi zihura nazo nk’uko amakuru agera kuri Chimpreports avuga . Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Felix Kulayigye, mu […]

Ukraine yatangaje ko ishaka kuzagirana ibiganiro n’uzasimbura Putin

Mykhailo ni umwe mu ntumwa za Ukraine zitabiriye ibiganiro n'u Burusiya bitatanze umusaruro

Umujyanama mukuru wa Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, Mykhailo Podolyask, yatangaje ko ubutegetsi bw’igihugu cyabo buzagirana ibiganiro n’umusimbura wa Perezida w’u Burusiya uriho ubu, Vladimir Putin. Mykhailo yabitangarije kuri Twitter avuga ku nkuru ya Washington Post y’uko Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yaba yarasabye ‘mu ibanga’ Zelensky ko yagaragaza ubushake bwo […]

Uganda: Abanyeshuri bagiye gutaha igihembwe kitarangiye

Guverinoma ya Uganda yafashe icyemezo cyo kohereza abanyeshuri mu biruhuko ibyumweru bibiri mbere y’uko igihembwe kirangira kubera icyorezo cya Ebola . Minisitiri w’uburezi, Janet Museveni, akaba ari n’umutegarugori wa Perezida Yoweri Museveni, mu itangazo yashyize ahagaragara yatangaje ko guverinoma izafunga amashuri y’incuke, amato n’ayisumbuye ku itariki ya 25 y’uku kwezi. Abayigamo bari mu gihembwe cya […]