Habaye ibidasanzwe mu ishuri rya gisirikare rya West Point ryizemo n’Abanyarwanda
Abiga igisirikare (cadets) babarirwa muri za mirongo bo ku ishuri rikomeye rya West Point muri Amerika barakopeye mu kizamini nk’uko abategetsi babivuga. Ni kumwe mu gukopera gukomeye kubayeho kuri iryo shuri mu myaka isaga 40 ishize. Abanyeshuri barenga 70 bashinjwe kurenga ku mahame y’iri shuri – azwi nka Cadet Honor Code – ubwo bari mu […]
Biravugwa ko Kayishema wihishe imyaka 26 yamaze gusohoka Afurika y’Epfo
Umushinjacyaha w’Urukiko rwashyiriweho kurangiza imanza z’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha Serge Brammertz yari aherutse kubwira akanama k’Umuryango w’Ababibumbye gashinzwe amahoro ku Isi ko bizwi neza ko Fulgence Kayishema ukekwaho uruhare muri jenoside ari muri Afurika y’Epfo n’ubwo nta bushake iki gihugu cyagize bwo kumufata. Kayishema ariko nk’uko amakuru ahari avuga, ashobora kuba yarasohotse muri iki gihugu mu […]
Impamvu yo kuribwa mu gitsina nyuma y’imihango n’uko wabyitwaramo
Benshi mu b’igitsinagore bakunze kugira icyibazo cyo kubabara mu gitsina nyuma yo kujya mu mihango, ariko bakibaza ikibitera n’uko babyitwaramo ngo ikibazo gikemuke. Muganga mu by’imyororokere, Dr Vincent Karuhanga avuga ko ubu bubabare bushobora kubaho mbere, mu gihe na nyuma y’imihango. Ibo ngo bishobora kuba buri kwezi ku bagore bamwe ariko bikava ku mpamvu zitandukanye. […]
HRW ivuga ko u Rwanda rufunga abakene n’abatagira aho baba
Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Watch, HRW) ushinja Leta y’ u Rwanda gufunga abo wise abakene; uvuga ko harimo abana bo mu muhanda, abicuruza, abakoresha ibiyobyabwenge, abasabiriza, abatagira aho baba n’abandi. Uyu muryango wasabye ibi u Rwanda ufatiye ku cyemezo cy’urukiko rwa Afurika ku burenganzira bwa muntu cyo kuwa 4 Ukuboza 2020, […]
Kayonza: Umugore yasutse ibiryo bishyushye mu myanya y’ibanga y’umugabo we
Umugore w’imyaka w’imyaka 24 wo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Kabare yasutse inkono y’ibiryo bishyushye ku myanya y’ibanga y’umugabo we w’imyaka 28, nyuma yo kumutonganya amubaza aho yashyize amafaranga yavugaga ko yafashe mu kimina. Byabaye mu ijoro ryakeye mu Mudugudu wa Rugunga mu Kagari ka Gitara mu Murenge wa Kabare mu Karere ka […]
CAR: Kuki Ingabo z’ u Rwanda ari zo ziri kwibasirwa n’inyeshyamba by’umwihariko?
Guverinoma y’u Rwanda yaraye yohereje ingabo ingabo zagiye gufasha izindi guhangana n’iza François BozizĂ© wabaye Perezida wa Repubulika ya Cental African Rebulic (CAR). Ibiro bya Minisiteri y’Ingabo byatangaje ko usibye no “gushyigikira izari zisanzwe” ziba muri CAR, ingabo z’u Rwanda zizatanga umusanzu mu kurinda umutekano w’amatora ateganyijwe tariki ya 27 Ukuboza 2020, nyuma y’amazezerano y’amahoro […]
Nyagatare: Umunyarwanda aravugwaho gutemwa n’umusirikare wa UPDF
Umusaza witwa Karangwa Callixte wo mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare afite ibikomere mu mutwe bivugwa yatewe n’umusirikare mu Ngabo za Uganda (UPDF) zamutemye kuri iki Cyumweru ubwo yajyaga yo gusura abavandimwe be. Karangwa Callixte w’imyaka 70 asanzwe atuye mu mudugudu wa Marongero, Akagari ka Ryabega, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka […]
Ijambo rya Kivejinja ku mubano mubi hagati y’ u Rwanda na Uganda
Ali Kirunda Kivejinja wari Minisitiri w’Intebe wungirije wa Uganda, yapfuye kuwa Gatandatu tariki 19 Ukuboza 2020 azize COVID-19 ndetse yamaze no gushyingurwa ahitwa Bugwere nk’uko ibinyamakuru byo muri Uganda byabitangaje. Uyu mugabo wanabaye umujyanama wa Perezida Museveni akaba na Minisitiri w’ibikorwa bya EAC muri guverinoma, ni umwe mu bagabo batakunze guhengama cyane ku kibazo cy’umubano […]
Umurambo washinguwe mu 2012 wataburuwe bikekwa ko wagiye kuribwa
Umurambo w’uwitwa Frances M. Kabwe washyinguwe mu irimbi rya Kawama mu gihugu cya Zambia mu gace kitwa Ndola,abantu bitwikiriye ijoro bajya gutaburura umurambo w’umuntu washyinguwe mu mwaka wa 2012 barawutwara, bikekwa ko waba yagiye kuribwa. Abagize umuryango we ntibarabasha kumenya icyatumye abantu bawutaburura aho mu mwaka wa 1953 yapfuye kuwa 2 Kanama 2012, ari nawo […]
Kitoko agiye gushyingiranwa n’umukobwa utaramenyekana
Umuhanzi Kitoko Bibarwa atangaza ko ateganya kugaruka mu Rwanda kandi ko azahita abana n’umukunzi we atigeze atangaza amazina. Avuga ko arambiwe kuba mu Bwongereza ko bityo yagaruka mu Rwanda cyane ko n’imishinga ye igenda ijya ku musozo. Aganira na KT Radio kuwa Gatanu nimugoroba yagize ati ” Ibi sinakabivugiye kuri Radio ariko mu mwaka umwe […]
Musanze: Salongo ufite abagore umunani avuga ko asigaje batatu

Umuvuzi wa gakondo witwa Salongo Mayanja (Maniraguha) atangaza ko asigaje gushaka abagore batatu basanga abandi umunani mu rwego rwo gutera ikirenge mu cya Se na we wari ufite abagore benshi. Uyu ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa BBC, Yves Bucyana wamusanze i Musanze, amubwira uko yumva ingingo yo gutunga abagore benshi. Ati ” Gutunga abagore benshi ni […]
Buyoya azize COVID-19 yaba apfuye rwiza
Amakuru yakomeje gukwirakwira mu gitondo cyo kuwa 18 Ukuboza 2020 ni ay’urupfu rwa Maj. Pierre Buyoya wayoboye u Burundi, azize COVID-19 nk’uko bigenda bigarukwaho n’ibitangazamakuru. Hari n’abo bafitanye amasano babyemeza. Uyu mugabo waranzwe no kutubaha demukarasi, yageze ku butegetsi bwa mbere mu 1987 ubwo yari amaze guhirika Col. Jean Baptiste Bagaza mubyara we. Buyoya w’Umututsi […]
FLN iravugwaho kubeshya ko yaba yongeye gutera i Nyabimata
Kuva tariki 17 Ukuboza 2020,hatangiye kuzenguruka itangazo ry’umutwe wa FLN, ryigamba igitero i Nyabimata ahitwa Manyovu. Ayo matangazo akaba yakwirakwije ku mbuga za Whatsapp na Facebook. Nyuma yo gutambutsa iri tangazo, bamwe mu Banyarwanda baba ku mbuga nkoranyambaga za facebook cyane cyane abatuye muri ako gace bavuga ko ibi atari byo. Biragoye kwizera iby’aya makuru! […]
Bobi Wine avuga ko hari abasirikare bakuru bamushyigikiye
Umukandida w’ishyaka rya National Unity Platform (NUP), Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine avuga ko hari abasirikare bakuru muri Uganda bamushyigikiye mu mugambi we wo guhigika perezida Museveni. Bobi Wine avuga ko ibyo avuga Museveni abizi neza bityo akaba ari nayo mpamvu yakoze impinduka muri polisi no mu gisirikare. Ati ” Museveni aradutinya kuko bamwe […]
Umuzunguzayi w’uburanga budasanzwe yongeye gutuma abantu bavugishwa ari mu kajipo kagufi (Amafoto)

Umukobwa ufite imiterere n’ikibuno bitangaje yongeye ashavuza abagabo benshi ubwo yagaragaraga mu muhanda yikoreye akabase karimo ibyo yagendaga acuruza yambaye agakanzu kagufi kamufashe. Uyu mukobwa wari wambaye akaganzu keza cyane k’ibara rya orange, kamwegereye ubonako iyi kanzu igaragaza imiterere y’ikibuno cye, yatunguye benshi ubwo yagaragaraga mu muhanda agenda ashaka abamugurira ibyo yari yavanye murugo abitwaye […]
Musanze/Cyuve: Ijerekani y’inkari iragura Frw 1,000
Abaturage batuye mu Kagari ka Bubandu mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze bari mu byihsimo ko baboneye isoko ryo kugurishaho inkari, aho ijerekani imwe umushoramari ayigura ku Frw 1,000. Aba baturage babwiye KT Radio ko ubu bucuruzi bubinjiriza amafaranga, ko ubu batacyihagarika mu bwiherero. Umwe muri bo ati ” Ntitugisoba mu musarani. Ni […]
Tanzania: Abaguze imodoka zihenze bari mu mazi abira
Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa yatanze itegeko ko kuva kuwa 17 Ukuboza 2020 abayobozi mu nzego za Leta baguze imodoka zihenze bagomba gutangira gutanga ibisobanuro mu cyumweru kimwe. Majaliwa yavuze ko Umunyamabanga mu biro bya minisitiri w’intebe, abashinzwe kugenzura ibyo kugura imodoka mu biro bye, abayobozi mu mujyi wa Mwanza, abo mu ri njyanama […]
Karidinali Kambanda yahawe izindi nshingano i Vatican
Karidinali wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Antoine Kambanda yahawe izindi nshingano zo kuba umwe umwe mu bashinzwe iyogezabutumwa muri Kiliziya Gatolika ku Isi yose, (Congregation for the Evangelization of Peoples (CEP). CEP ni urwego rufite mu nshingano kuba umuhuzabikorwa w’ibijyanye n’imirimo y’iyogezabutumwa muri Kiliziya Gatolika. Izi nshingano nk’uko amakuru BWIZA ikesha RBA abivuga, ziyongera kuba […]
RGB yamaganye itangazo ritumira abantu mu rugendo rujya mu Buholandi riyiyitirira

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwihakanye itangazo ryahererekanyijwe ku bantu bamwe ribatumira kujya mu rugendoshuri mu Buholandi. Umuyobozi wa RGB, Dr. Usta Kayitesi yashyize umukono kuri iri tangazo avuga ngo ” Dushaka kumenyesha abantu ko ibaruwa yitirirwa RGB yohererejwe bamwe mu bantu ibatumira kujya mu rugendoshuri mu Buholandi atari iya nyayo.” Dr. Kayitesi yasabye abayakiriye ku […]
Byinshi kuri operasiyo Free Shebelle yamaze amasaha 10, amapeti ntacyo akivuze

Operasiyo Shebelle ni igikorwa cyahuriyemo igisirikare cya Uganda (UPDF) n’icy’ u Burundi na Somalia hagamijwe kubohora agace Shebelle kari karabaye indiri y’intagondwa za Al- Shabaab mu 2012. Gutegura iki gitero byamaze amezi abiri, buri ruhande rutanga umusanzu uko iki gitero cyazagenda, hategurwa intwaro ndetse hanasubirwamo uko kizagenda abasirikare bose bavanze hirindwa ko bazarasana hagati yabo […]
Gatsibo/Gitoki: Barashinja gitifu kubishyirira mu byiciro by’ubudehe
Bamwe mu baturage bo Midugudu ya Nganji na Gikomero mu Kagari ka Bukomane mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo bavuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kabo, Muhire Etienne ari we uri kubishyirira mu byiciro by’ubudehe. Umwe muri aba baturage, Jean Bosco Nzabonimpa kuri uyu wa Kane tariki 16 Ukuboza 2020 yatangarije BWIZA ko bafite […]
Lt. Col. Abega wa FDLR yaba akwiriye gufatwa nka Gen. Rwarakabije
Mu iburanishwa ryo kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 umwavoka wa Lt Col Jean Pierre Nsekanabo uzwi nka Abega wari ushinzwe iperereza mu mutwe wa FDLR, Elias Habimfura yabwiye urukiko ko umukiriya we akwiriye gufatwa nka Gen. Paul Rwarakabije wigeze kuyobora FDLR nyuma agataha, agahabwa umwanya muri RDF ndetse na RCS. Ni urubanza Abega areganwamo […]
Pakistan: Abafata abagore ku ngufu bazajya bashahurwa
Perezida wa Pakistan. Arif Alvi yemeje itegeko rishya rigamije kurwanya ifatwa ku ngufu ry’abagore, aho uzajya ahamwa n’iki cyaha azajya ashahurwa hakoreshejwe imiti. Ibi ariko nanone nk’uko ibitangazamakuru byo muri Pakistan byabigarutseho, bigamije kwihutisha imanza no gufata ingamba nshyashya mu guhangana no gufata ku ngufu abagore. Iri tegeko rivuga amazina y’abahamwe no gufata ku ngufu […]
Ukwitana bamwana mu rubanza rwa Phocas Ndayizera na bagenzi be
Abagize itsinda rya 13 baregwa mu rubanza rwitiriwe Phocas Ndayizera bamaganye igifungo cya burundu basabiwe n’ubushinjacyaha buvuga ko bemeye ibyaha baregwa, ingingo bo baterwa utwatsi buri wese akavuga ko atigeze yemera ibyaha nk’uko ubushinjacyaha bubivuga. Baburana hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amashusho, uwabimburiye abandi Martin Munyensanga yabwiye urukiko ko yatunguwe n’igifungo cya burundu yasabiwe kandi yiyumva nk’umwere. Yavuze […]
Bobi Wine yakubise ahababaza Museveni ubwo yari Kisoro

Umukandida ku mwanya wa Perezida muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yavuze amagambo ashobora guhindura intekerezo z’abari bashyigikiye Perezida Museveni ubwo yari mu Karere ka Kisoro, akagaruka ku Kibazo cya Gen. Kale Muhwezi Kayihura. Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukuboza, Bobi Wine yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kisoro. Nk’umwe […]
Uwiyita umukiliya utishimye yandikiye MTN ibaruwa itukura

Umunyarwanda witwa Rugasaguhunga Ruzindana yandikiye ibaruwa Ikigo gicuruza Serivisi z’itumanaho na murandasi, MTN, ayicisha kuri Twitter akinenga ko amaze icyumweru adashobora gukoresha murandasi yaguze imuhenze, yabaza ababishinzwe bakamusiragiza. Kuri Twitter (https://twitter.com/RuzindanaRUGASA) yanditse ati: “Mbabajwe no kubandikira nkoresheje ikaramu y’UMUTUKU. Birababaje cyane kubasaba service Icyumweru cyose ntacyo mumfasha. Ni ngombwa ngo umuntu ajye yiyambaza RURA igihe […]
Perezida Ndayishimiye yatumije inama y’umutekano y’ikitaraganya
Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatumije inama y’umutekano itari yitezwe kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020. Iyi nama nk’uko amakuru ahari abivuga irabera mu Mujyi wa Gihanga mu Ntara ya Bubanza, mu Burengerazuba bw’amajyaruguru y’igihugu ngo harebwe uko umutekano wifashe mu gihugu. Mu bagomba kwitabira iyi nama harimo abo mu gisirikare (FDNB) igipolisi (PNB), […]
Yasambanyije umukobwa we, baramufungura ngo basanze yaramenyereye
Umugabo witwa Salim Khamis wo muri Zanzibar yafashe ku ngufu umukobwa we w’imyaka 13 nyuma arafungwa ariko aza kurekurwa bitewe n’uko uyu mukobwa yari yaramenyereye gukora imibonano mpuzabitsina. Salim yarekuwe kuwa 7 Ukuboza nyuma y’umwanzuro w’urukiko ko muganga yemeje ko uyu mukobwa yamenyereye gusambanywa. Ku bw’uyu mwanzuro, Ishyirahamwe ry’abagore bakora itangazamakuru muri Tanzania na Zanzibar […]
USA: Umudepite yandikiye Perezida Kagame ku kibazo cya Rusesabagina
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Carolyn B. Maloney, yandikiye ibaruwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, amusaba kurekura byihuse Paul Rusesabagina, uri gukurikiranwa n’ubutabera ku birego by’iterabwoba. Mu ibaruwa Bwiza.com yabonye igaragara ku rubuga rwe, Senateri Maloney asaba Perezida Kagame kurekura Rusasabagina bya vuba kandi akamusubiza muri Amerika aho atuye kugira ngo yongere […]
Shene za YouTube zifite aho zihuriye na Bobi Wine zasabiwe gufungwa
Urwego rushinzwe kugenzura itumanaho muri Uganda rwandikiye ikigo cy’ikoranabuhanga Google, ari cyo nyiri YouTube itangazwaho za videwo, kiyisaba gufunga shene (channels) 14 bivugwa ko zifite aho zihuriye n’imidugararo yo mu kwezi gushize yaguyemo abarenga 50. Iyo midugararo yabereye mu murwa mukuru Kampala no mu yindi mijyi ikomeye, nyuma y’itabwa muri yombi ry’umukandida perezida Robert Kyagulanyi, […]
EAC 2020: U Rwanda ni urwa mbere mu gufunga abanyamakuru benshi
Umuryango utegamiye kuri Leta urengera abanyamakuru (Committee to Protect Journalists (CPJ) utangaza ko abanyamakuru 47 bo mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara bafunzwe, muri bo hakabamo batanu bo mu Rwanda. Iyi mibare yariyongereye kuko raporo ya CPJ igaragaza ko kugeza tariki 1 Ukuboza 2020, abanyamakuru bafunzwe bavuye kuri 39 muri 2019 bagera kuri 2020. […]
RIB yaburiye abakoresha Whatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwaburiye abaturage bakoresha Whatsapp ko hari ibikorwa by’ubutekamutwe. Ibyo RIB yatangaje.
Ngoma: Umusore bivugwa ko “yateye icyuma umukobwa ngo yamwimye” na we akacyitera yapfuye
Umusore witwa Bizimana Jean Paul wajyanwe kwa muganga i Kibungo ku wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020, bivugwa ko yarwanye n’umukobwa w’inshuti ye “bapfa ko yashakaga ko bakorana imibonano mpuzabitsina undi akabyanga” akamutera ibyuma, na we akabyitera, yaje gupfa. Muganga Mukuru ku Bitaro bya Kibungo, Dr. Gahima John yemeje urupfu rw’uriya musore. Yabwiye Umuseke ko […]
Ubunebwe bwateje impanuka yishe 14 Singida
Impanuka polisi ivuga ko yatejwe n’ubunebwe bw’umushoferi yahitanye abantu 14 abandi barakomereka ubwo imodoka barimo yagonganye n’ikamyo ahitwa Kiini mu Ntara ya Singida muri Tanzania. Iyi mpanuka yaturutse ku kugongana kw’imodoka y’abagenzi ntoya yagonganye n’ikamyo yari ivuye i Dar- Es Salaam igana Kahama. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Singida, Sweetbert Njewika avuga ko iyi […]
Umuhanzi Danny Vumbi yakoze impanuka
Mu mpera z’icyumweru, umuhanzi Danny Vumbi n’umugore we Muhawenimana Jeannette mu mpanuka y’imodoka bakoreye mu Karere ka Musanze. Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Ukuboza 2020 yatewe n’uko imodoka yabuze feri bityo Uhujimfura Claude wari uyitwaye ahitamo kuyihirika mu muferege. Uhujimfura Claude wari utwaye uyu muryango, yabwiye Igihe ngo ”Twari […]
U Bubiligi bugiye kugarura iryinyo rya Lumumba
Perezida wa Congo-Kinshasa, Felix Tshisekedi kuwa Mbere yabwiye abadepite ko u Bubiligi bugiye kugarura iryinyo rya Patrice Émery Lumumba waharaniye ubwigenge. Iri ryinyo ryatswe umupolisi w’Umubiligi wari wararifashe ubwo Lumumba yashyingurwaga amaze kwicwa mu 1961. Iri ryinyo rizashyikirizwa umuryango we muri Kamena mbere y’uko hizihizwa isabukuru y’ubwigenge. Ku bwa Tshisekedi ngo ” Hazazirikanwa uruhare rwa […]
Impamvu Akarere ka Musanze kafatiwe ingamba zihariye zo kurwanya COVID-19
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt. Col. Dr. Tharcisse Mpunga atangaza ko hari impamvu zitandukanye zatumye inama y’abamainisitiri yo kuwa 14 Ukuboza ifatira ifatira ingamba zihariye Akarere ka Musanze mu kurwanya Coronavirus harimo no kuba 13% by’abarwayi bagaragaye mu byumweru bishize bavuye muri ako gace. Mu kiganiro na Radiyo y’igihugu kuwa 15 Ukuboza, Dr […]
Thierry Henry iyo abonye uyu mukinnyi mu Ikipe ya Arsenal azimya televiziyo

Uwahoze akinira Manchester United, Patrice Evra avuga ko umunyabigwi wa Arsenal, Thierry Henry azimya televiziyo aho kureba iyi kipe igihe uwitwa Xhaka Granit yagizwe kapiteni. Ibi byahishuwe na Evra kuko ngo yabimenye ubwo Thierry Henry yari yamutumiye iwe mu rugo ngo barebe umukino. Ngo ubwo umukino wari utangiye, Thierry yabonye Xhaka yagizwe kapiteni, ahita azimya […]
Uganda: Umukandida perezida aranengwa kwifotozanya n’abagore b’abandi
Umukandida wigenga ku mwanya w’umukuru w’igihugu muri Uganda, John Katumba yasubije abamunenga ku kuba yifotozanya n’abagore b’abandi kandi benshi. Katumba w’imyaka 24 ari mu bakandida 11 bahatanira kuba Perezida wa Uganda mu matora ateganyijwe muri Mutarama 2021. Mu bikorwa bye byo kwiyamamaza, hari abavuga ko agaragara mu mafoto menshi n’abagore benshi baba baje aho yiyamamariza. […]
Barcelona vs PSG: Uko amakipe azesurana muri 1/8 cya UEFA Champions League
Mu gihugu cy’Ubusuwisi habereye tombora y’uko amakipre azahura mu irushanwa rya UEFA Champions League kuri uyu wa 14 Ukuboza 2020 kugira ngo hamenyekane uko amakipe azahangana muri 1/8 cy’irushanwa. Mu mikino yitezweho kuzaba ikomeye, harimo uzahuza Paris Saint Germain yo mu Bufaransa na FC Barcelona yo muri Espagne. Dore uko andi makipe azahura: Borussia Monchengladbach […]
Kigoma: Yashyinguwe mu 1994 none yabonetse ari muzima (videwo)
Umusore wamenyekanye ku mazina ya Stewati Edward utuye ahitwa Kasulu mu Ntara ya Kigoma yabonetse ari muzima nyuma y’aho ababyeyi be bari baramushyinguye mu myaka 20 ishize. Uyu Edward yabonetse ari muzima ariko ntabasha kuvuga bitewe n’uko isonga y’ururimi rwe yakaswe nk’uko TEN ibitangaza. Edward yapfuye mu 1994 ubwo yari afite imyaka umunani. Uyu yapfuye […]
Ruhango: Yakubitiwe Iwawa urutugu rufatana n’ijosi

Umuturage witwa Kubwimana Charles wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango yemeza ko yakubitiwe Iwawa urutugu rufatana n’ ijosi kugeza mu mezi make ashize ubwo yatangiye kuvuzwa n’akarere n’ubwo yasigaranye ubundi bumuga. Muri Nzeri 2020, ni bwo Kubwimana yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko mu mwaka wa 2018 yavunikiye bikomeye mu kigo ngororamuco cya […]
Hadutse abiyita ‘GĂ©nĂ©ration Paul Kagame’ muri RDC
Muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo hashize igihe gito havutse ishyirahamwe ry’abiyita GĂ©nĂ©ration Paul Kagame” bagizwe n’urubyiruko. Nk’uko MNC TV Congo yabitangaje, umuyobozi wa ‘ GĂ©nĂ©ration Paul Kagame’, Rames Mwenze Nkulu yavuze ko bahisemo izina rya Perezida w’u Rwanda kubera ko bifuza kwigana Perezida Kagame mu bijyanye no guharanira imiyoborere myiza n’imibereho mu gihugu cyabo. […]
Indaya yaciye izuru uwo bavukana barwanira umugabo (Amafoto)

Mu gihugu cya Nigeria havuzwe inkuru y’umukobwa witwa “Ebere” ukora umwuga w’uburaya warumye izuru umuvandimwe we bavukana amuziza ko yamutwariye umugabo wari uje kumugura. Polisi yo muri Nigeria yafunze “Ebere” imuziza kuruma izuru murumuna we Ifeoma nyuma y’intambara ikomeye barwanye bapfa umugabo wari uje kumugura ngo amusambanye yagera mu rugo akikundira uyu muto. Ibi byabereye […]
Hari abakekwaho jenoside bavuga ko bapfuye kandi bakiriho
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’ u Rwanda, Faustin Nkusi avuga ko hari abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bajya batanga amatangazo ko bapfuye kandi bacyidegembya. Kuri ubu abantu barindwi biyongere ku bantu bakekwaho jenoside muri uyu mwaka wa 2020 bari ku Isi hose. Aba baragera ku 1,145 ndetse ngo bashobora kwiyongera mu gihe hari […]
Kagera: Abakobwa basabwe kuzajya batanga inkwano
Umuyobozi mu Ntara ya Kagera mu Mujyi wa Bukoba, Kadole Kilugala avuga ko abakobwa bakwiriye kuzajya batanga inkwano mu rwego rwo kugira ngo hirindwe ibibazo biri mu ngo. Kadole yatangarije EATV ko kuba abasore aribo bonyine batanga inkwano bituma abakobwa bahohoterwa nyuma yo gushaka. Uyu mugore ati ” Ni ngombwa ko mu muryango mugari wacu […]
Ntacyo mpfana na Museveni cyangwa umugore we- Gen. Tumukunde
Umukandida ku mwanya wa Perezida muri Uganda, Rtd. Lt. Gen. Henry Tumukunde avuga ko abantu badakwiriye gukomeza gushyiraho isano idahari hagati ye na Perezida Museveni wa Uganda ndetse n’umufasha we, Janet Kataha Museveni. Ubwo yari ageze muri Teso yiyamamaza, yagarutse kuri aya makuru. Avuga ko ibi ari ibihuha kandi ngo niyo iyi sano yaba ihari, […]
Uwatoje Amavubi akurikiranweho gufata ku ngufu
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Zambia Milutin ‘Micho’ Sredojevic akurikiranweho gufata umugore ku ngufu muri Afurika y’Epfo. Uyu munya-Serbia w’imyaka 51, wigeze no gutoza ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, ku wa Gatanu yitabye urukiko rwa New Brighton muri Afurika y’epfo, aza kurekurwa atanze ingwate ingana n’amadolari y’Amerika 660 (arenga 651,000Frw). Ibyo birego bibiri ashinjwa […]
Sgt. Robert yaba azahabwa ibyo yasabye Uganda
Mu mpera z’ukwezi k’Ugushyingo 2020, hamenyekanaye amakuru ko Sergeant Major Robert Kabera mu Ngabo z’ u Rwanda (RDF) akitwa Sergeant Robert mu buhanzi yatorotse igihugu ahunga icyaha akekwaho cyo gufata ku ngufu umukobwa we w’imyaka 15. Nyuma y’igihe gito, ubushinjacyaha bwa gisirikare bwashyize hanze itangazo buvuga ko bwatangije iperereza ku cyaha Sergeant Robert akekwaho. Ibi […]
Min. Shyaka avuga ko bishoboka ko bamwe bakwizihiza Noheli n’Ubunani bari muri Guma mu rugo
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yagaragaje ko bishoboka cyane ko bimwe mu bice bigize igihugu bishobora gusubira muri Guma mu Rugo mu gihe cyose ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 bwaba bukomeje kwiyongera. Ibi Minisitiri Shyaka yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro yagiranye na Radiyo y’igihugu aho yabajijwe niba bishoboka ko bimwe mu bice by’igihugu byasubizwa mu […]
Ubushinwa: Abakora mu ndege bategetswe kwambara pampa
Ikigo gishinzwe iby’ingendo zo mu kirere mu Bushinwa, gitangaza ko abakira abantu mu ndege bakwiriye kwambara pampa (ibikoreshwa mu kwibinda) kugira ngo batavaho bajya mu bwiherero igihe indege iri mu kirere hirindwa COVID-19. Iki kigo kivuga ko ibi byafasha mu guhangana n’iki cyorezo, abazajya bambara pampa ari abatanga serivisi mu ndege zijya mu bihugu birimo […]
Abajenerali batanu ba Uganda bashobora gufatitwa ibihano
Abasirikare bakuru ku ipeti rya jenerali mu nzego z’umutekano za Uganda, bashobora gufatirwa ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe amatora ya perezida ateganyijwe kuwa 14 Mutarama 2021yaba abaye mu kavuyo. Umunyamabanga wa Leta ya Amerika, Mike Pompeo kuwa Kane tariki 17 Ukuboza 2020 kuri Twitter yavuze ko ” Turi gukurikiranira hafi ibikorwa […]
Nyagatare: RIB irashakisha umaze amezi ane asambanyije umwana

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurashakisha uwitwa Hahirwabasenga Emmanuel, ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana agahita acika. RIB ku rukuta rwayo rwa Twitter, ivuga ko Hahirwabasenga w’imyaka 21 yakoreye iki cyaha mu Mudugudu wa Kibuye, Akagari ka Kigarama mu Murenge wa Katabagemu mu Karere ka Nyagatare kuwa 1 Kanama 2020.
Yagenze ibirometero 450 n’amaguru ku bw’umugore we wamurakaje
Umugabo wo mu gace ka Como mu Majyaruguru y’igihugu cy’u Butaliyani mu gihe cy’icyumweru yagenze ibirometero 450 n’amaguru nyuma yo kurwana n’umugore we. Uyu mugabo yakoze uru rugendo agira ngo arebe ko yacururuka. Polisi yo muri iki gihugu yamufashe ma masaha y’ijoro ageze ahitwa Fano. Uyu mugabo ati ” Nagenze n’amaguru gusa. Mu nzira abantu […]
Muhanga: Babiri bakuwe mu kirombe bamazemo iminsi ibiri, ari bazima
Nsabimana Venuste w’imyaka 36 y’amavuko na mugenzi we Riberakurora SimĂ©on w’Imyaka 40 y’amavuko bakomoka ku mu Murenge wa Rugendabali mu Karere ka Muhanga, bagiye kumara iminsi ibiri mu nda y’isi nyuma yo kugwirwa n’ikirombe ejo hashize, n’ubu ngo barataka abantu bakabumva ariko ntibarabageraho. Bariya bagabo bakorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Kabacuzi bamaze iminsi […]
Lt. Col. Abega wa FDLR yasabiwe gufatwa nka Gen. Rwarakabije

Umwavoka wa Lt Col Jean Pierre Nsekanabo uzwi nka Abega wari ushinzwe iperereza mu mutwe wa FDLR, Elias Habimfura yabwiye urukiko ko umukiriya we akwiriye gufatwa nka Gen. Paul Rwarakabije wigeze kuyobora FDLR nyuma agataha, agahabwa umwanya muri RDF ndetse na RCS. Ni mu iburanishwa ryo kuri uyu wa 10 Ukuboza 2020 mu rubanza Abega […]
Twagiramungu aravugwaho gushinga igisirikare
Umunyepolitiki wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, Faustin Twagiramungu aravugwaho kuba yarashinze igisirikare nyuma y’aho icy’impuzamashyaka MRCD ari cyo FLN kigenda gicika intege. Amakuru avuga ko iki gisirikare gishya cya Twagiramungu uzwi nka Rukokoma cyitwa ” INTIMIRWA”. Ntibiramenyekana niba iki ari ishami rya RDI- RWANDA RWIZA risanzwe ari ishyaka riyoborwa n’uyu mugabo wigeze kwiyamamariza kuyobora u […]
Ibihugu byo muri Afurika bitagira igisirikare kirwanira mu mazi
Hari ibihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika bitigeze birazwa ishinga no kugira igisirikare kirwanira mu mazi kubera impamvu zinyuranye. Ibi bituruka ahanini ku kuba bimwe biba bidakora ku nyanja (pays enclavĂ©). Bisa n’umwihariko, Ethiopia iza muri ibi bihugu bitewe n’uko yatakaje igice cyakoraga ku nyanja mu ntambara na Eritrea. Ibi bihugu ni ibi bikurikira: […]
Yahisemo kumurega nyuma yo gukundana na we imyaka umunani nta bukwe
Umukobwa witwa Gerturde Ngoma wo mu gace ka Kabushi ahitwa Ndola muri Zambia yajyanye mu nkiko umukunzi we, Herbert Salaliki ku bwo gukundana na we imyaka umunani, nta bukwe bubaye ngo babane ku mugaragaro. Ngoma w’imyaka 26 avuga ko asanga ari ikibazo kuba barabyaranye umwana akaba ataramushaka kandi ibi aribyo basezeranye. Salaliki ngo yarakoye ariko […]
Biravugwa ko Mugisha Moise yaciriye amazi ku mutoza we
Hari amakuru umwe mu bakinnyi beza u Rwanda rufite mu gusiganwa ku magare muri iki gihe, Mugisha Moise yigeze gucira amazi ku mutoza we, Adrien Niyonshuti wa SACA ubwo bari mu myitozo. Ikibazo cya Mugisha Moise na SACA ndetse n’umutoza we muri iyi kipe, cyakwirakwiye nyuma y’uko avuye muri Cameroun mu mpera z’ukwezi gushyize na […]