Rurangiranwa Lewis Hamilton yasuye u Rwanda (Amafoto)

Umwongereza Sir Lewis Hamilton wamamaye mu mukino wo gusiganwa ku ma modoka ya Formula 1, yasuye u Rwanda aho yari yaje kuruhukira. Uyu mugabo w’ikimenyabose yemeje aya makuru abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yashyize amafoto ye ari muri Parike y’igihugu y’ibirunga ejo ku wa Kane tariki ya 11 Kanama. Hamilton yageze mu Rwanda akubutse […]
Rayon Sports yamaze kubona ba Kapiteni bashya
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gushyiraho ba Kapiteni bayo bashya, mbere yo gutangira umwaka utaha w’imikino wa 2022/23. Murera nta Kapiteni yari ifite nyuma yo gutandukana na Kevin Muhire wari ufite izi nshingano wamaze kwerekeza Al Yarmouk FC yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Kuwait. Ni ikipe kuri ubu itozwa n’umunya-Portugal Jorge Paixão […]
U Rwanda rwagaragarije Amerika umuzi w’ikibazo cy’umutekano muke uri mu karere utari M23
Guverinoma y’u Rwanda yagaragarije Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko umuzi w’ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC ari umutwe wa FDLR, aho kuba M23 nk’uko abenshi babyibwira. Ni nyuma y’uruzinduko Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken ari kugirira i Kigali. Ni uruzinduko rugamije gutsura umubano usanzweho hagati […]
Kenya: Raila Odinga yigaranzuye William Ruto mu majwi
Umukandida w’impuzamashyaka Azimio La Umoja One Kenya, Raila Odinga, yamaze kwigaranzura mukeba we William Ruto mu majwi akomejwe kubarurwa. Kuri ubu Komisiyo y’amatora muri Kenya ikomeje kubarura amajwi y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu yabaye ku wa Kabiri tariki ya 09 Kanama. Imibare kuri ubu irerekana ko Odinga ari imbere n’amajwi 51.78%, nyuma yo gutorwa n’ababarirwa […]
Anthony Blinken yageze i Kigali ‘kotsa igitutu Leta y’u Rwanda’
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken, yageze i Kigali aho yatangiye uruzinduko rw’akazi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kanama ni bwo Blinken yageze i Kanombe ku kibuga cy’indege, yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga , Dr Vincent Biruta. Blinken yari akubutse i Kinshasa muri Congo […]
Rayon Sports yakiriye ba rutahizamu 2 yari itegereje, umwe aha abafana isezerano rikomeye
Ikipe ya Rayon Sports yaraye yakiriye ba rutahizamu babiri b’abanyamahanga yari imaze iminsi itegereje baje kuyisinyira amasezerano abagira abakinnyi bayo. Barimo Paul Were; umunya-Kenya w’imyaka 28 y’amavuko usatira izamu aciye ku mpande cyo kimwe na Boubacar Traoré; umunya-Mali w’imyaka 24 y’amavuko. Bombi bageze ku kibuga cy’indege i Kanombe mu ijoro ryakeye, bakirwa n’abayobozi ba Rayon […]
P. Kagame yavuze ko igitutu Amerika yashyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina ntacyo cyatanga
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rudatewe ubwoba n’igitutu rushobora kotswa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisaba ko rwarekura Paul Rusesabagina, ashimangira ko ntacyo gishobora kugeraho. Umukuru w’Igihugu yabikomojeho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Nyakanga, mu butumwa yanditse ku rubuga rwa Twitter atanga igitekerezo ku butumwa bw’umwe mu barukoresha. Ubutumwa Perezida […]
Ese wayoberwa Icyongereza bwo wayoberwa n’uko indege yitwa?_Perezida wa Rwamagana City wigaramye ibaruwa yamwitiriwe
Perezida w’ikipe ya Rwamagana City FC, Uwimana Néhémie, yamaganye ibaruwa yanditse mu izina rye iherutse gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko ntaho ahuriye na yo. Kuva mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo abakoresha imbuga nkoranyambaga batangiye guha urw’amenyo uriya muyobozi, nyuma y’ibaruwa irimo Icyongereza gikocamye yanditswe mu izina rye. Ni ibaruwa yahamagaraga umwe mu bakinnyi […]
Rubavu: Ba Gitifu barimo uwahagarariwe n’umukwikwi mu kwibuka n’umukozi w’akarere birukanwe burundu
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ibiri y’akarere ka Rubavu n’umukozi wako wari ushinzwe ‘Mituelle’, birukanwe mu kazi burundu bazira amakosa ajyanye n’akazi bakoze. Abirukanwe mu kazi ni nk’uko byemejwe na Meya Kambogo Ildephonse, barimo Habimana Aaron wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyundo, Murenzi Augustin wayoboraga by’agateganyo Umurenge wa Rugerero na Biryabanzi Onesphore wari umukozi w’akarere ka Rubavu […]
Perezida Kagame yabwiye amagambo y’urukundo Jeannette Kagame wujuje imyaka 60 y’amavuko
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije amagambo yuje urukundo yifuriza madamu we, Jeannette Kagame, isabukuru nziza y’amavuko. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kanama 2022 ni bwo madamu Jeannette Kagame yujuje imyaka 60 abonye izuba. Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yabwiye umufasha we ko imyaka 60 y’amavuko yujuje yumva ari mike. […]
Manzi Thierry uri mu muryango winjira muri imwe mu makipe yo mu Rwanda mu bakinnyi 8 basezerewe na FAR Rabat
Ikipe ya FAR Rabat yo mu gihugu cya Maroc, yatangaje ko yamaze gusezerera abakinnyi umunani barimo myugariro w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Manzi Thierry. Iyi kipe yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Facebook ishimira Manzi na bagenzi be. Manzi Thierry yari umukinnyi w’iyi kipe y’Ingabo za Maroc kuva muri Mutarama uyu mwaka, nyuma […]
Amerika iravuga ko ihangayikishijwe na raporo ishinja u Rwanda gufasha M23
Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu munyamabanga wazo ushinzwe ububanyi n’amahanga, Anthony Blinken, zatangaje ko zihangayikishijwe n’icyo zise ‘amakuru yizewe’ yerekana ko u Rwanda rufasha inyeshyamba za M23. Blinken yabitangarije i Kinshasa, aho ari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mbere y’uko aza hano mu Rwanda. Ni uruzinduko yagiriye muri Congo Kinshasa mu gihe iki gihugu […]
Rayon Sports yisubije Rwatubyaye Abdul
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwisubiza myugariro Rwatubyaye Abdul wahoze ayikinira, nyuma y’iminsi nta kipe afite. Uyu myugariro uri mu beza u Rwanda rufite yasinye amasezerano yo gukinira iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda mu myaka ibiri iri imbere. Rwatubyaye yari amaze iminsi akorera imyitozo muri AS Kigali, nyuma yo gutandukana na FC Shkupi […]
CAF Champions league: APR FC yatomboye nabi
Ikipe ya APR FC yatomboye US Monastir yo muri Tunisia, mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League 2022/23. Hari muri tombora yabereye mu kanya kashize i Cairo mu gihugu cya Misiri. Monastir iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yatomboye ni imwe mu makipe akomeye cyane mu gihugu cya Tunisia, mu mwaka ushize w’imikino ikaba yari yabaye iya […]
Umukinnyi ukomeye uheruka kwirukanwa na APR FC yabonye ikipe nshya
Umunyezamu Ahishakiye Héritier uheruka gusezererwa n’ikipe ya APR FC, yamaze gusubira muri Marines FC yahoze akinira. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yatangaje ko Ahishakiye Héritier na we atazakomezanya n’ikipe. Byari ukubera imyitwarire itari myiza yagaragaje ubwo yahabwaga uruhushya akarenza amasaha yari yahawe yo kuba yasubiye […]
Abasirikare b’u Burundi baguye mu mirwano na RED-Tabara
Umutwe wa RED-Tabara urwanya igihugu cy’u Burundi, watangaje ko hari abasirikare b’iki gihugu ndetse n’abarwanyi bo mu mutwe w’Imbonerakure wiciye mu mirwano yabasakiranyije. Ni mu mirwano uyu mutwe uvuga ko mu ijoro ryakeye yabereye ahitwa Rubarati ho muri Terirwari ya Masango mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. RED-Tabara yatangaje ko yishe batanu ku ruhande rw’umwanzi na […]
Kenya: William Ruto mu b’inkwakuzi bazindukiye mu matora ahatanyemo (Amafoto)

Visi-Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, ari mu banya-Kenya bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu ahatanyemo ndetse akanaba umwe mu bahabwa amahirwe yo kuyegukana. Amatora muri Kenya yatangiye nyuma yuko ibiro by’itora bifunguye ku isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo muri iki gihugu. Ni amatora agomba gusiga hamenyekanye Perezida mushya, ba Guverineri b’intara, senateri, […]
Abasangiye ubusa bitana ibisambo_Ushinjwa na Kenny Sol ubwambuzi
Intore Bruce ufite ikigo ‘Intore Entertainment’ gitegura ibitaramo, yatangaje ko ibivugwa ko abategura ibitaramo barira abahanzi baba bakoresheje mu mibare atari byo kuko na bo nta bya Mirenge babakuramo. Uyu mugabo yatangaje ibi nyuma y’igisa n’umwuka mubi wadutse hagati y’abahanzi n’abategura ibitaramo bashinja kubasuzugura. Ni ubwumvikane buke bwadutse nyuma y’uko umuhanzi Kenny Sol agaragaje ko […]
Hamenyekanye igihe APR FC izahurira na Rayon Sports muri shampiyona
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yatangaje gahunda y’imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda igomba gutangira muri uku kwezi kwa Kanama. Ni shampiyona igomba gutangira ku wa Gatanu tariki ya 19 Kanama, ahazakinwa umukino ufungura uzahuza AS Kigali izaba yakiriye Etincelles FC. Kuri iyi tariki kandi APR FC izakira Musanze FC mu mukino […]
Rayon Sports yemeje ko igiye kugarura Robertinho mu Rwanda
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko mu cyumweru gitaha ifitanye umukino wa gicuti na Vipers FC FC yo mu gihugu cya Uganda. Rayon Sports ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yemeje ko izakina na Vipers ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga, ubwo izaba yizihije ibirori byahariwe umunsi mukuru wayo wa ‘Rayon Sports Day’. Uyu […]
APR VC zombi zahesheje u Rwanda ishema i Kampala
Amakipe ya APR Volleyball Club mu bagabo no mu bagore, yahesheje u Rwanda ishema i Kampala mu gihugu cya Uganda nyuma y’uko yombi yegukanye irushanwa ryahaberaga. Ni irushanwa ryiswe NSSF Kampala Amateur Volleyball Championship 2022 ryari rimaze iminsi ribera muri uriya murwa mukuru wa Uganda. APR y’abagabo yaherukaga gusezerera muri ½ cy’irangiza REG VC ya […]
Umupfumu Rutangarwamaboko na se bambitswe imidari y’ishimwe
Umupfumu Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko, yambitswe umudari ashimirwa gukomera no gusigasira umuco nyarwanda. Uyu mugabo usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye Ku Muco akanaba umushakashatsi ndetse n’Inzobere muby’Umuco, Amateka, Imbonezabitekerezo ari yo Filozofiya n’Ubuzima bwa Muntu Bushingiye ku Myizerere, Imyumvire, Imitekerereze Imyitwarire ndetse n’Imigirire; yambitswe umudari wiswe “Ijabo ry’Intore”. Yawambitswe na Meya […]
Koreya ya Ruguru yahaye u Burusiya ‘abakorerabushake’ 100,000 bo kubufasha guhangana na Ukraine
Igihugu cya Koreya ya Ruguru cyamaze guha u Burusiya abakorerabushake babarirwa mu bihumbi 100, kugira ngo babuhe umusada mu ntambara bumazemo amezi akabakaba atandatu buhanganye na Ukraine. Ni amakuru yemejwe na Igor Korotchenko, umunyamakuru wa Televiziyo y’igihugu y’u Burusiya ubwo yari muri kimwe mu biganiro biyitambukaho. Yagize ati: “Hari amakuru y’uko abakorerabushake 100,000 bo muri […]
APR FC yerekanye abakinnyi bashya 6 yaguze muri iyi mpeshyi
Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu, yerekanye abakinnyi batandatu bashya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino nyuma yo kubasinyisha muri iyi mpeshyi. Ni igikorwa cyabereye i Shyorongi mu karere ka Rulindo aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu isanzwe iba, gihurirana n’ibirori byo guhemba abakinnyi bayo bahize abandi mu mwaka ushize w’imikino. Mu bahembwe harimo Ruboneka […]
M23 yamaganiye kure raporo ya Loni ishinja RDF kuyiha ubufasha
Umutwe wa M23 wamaganye imyanzuro ikubiye muri raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ishinja Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuba zaragiye kurwana muri Congo Kinshasa. Imyanzuro y’iyi raporo itarashyirwa ahagaragara yagaragaye ku itariki ya 04 Kanama. Iyi raporo ivuga ko “hari ibimenyetso bikomeye” byemeza ko Ingabo z’u Rwanda zagiye muri RDC kurwana ku ruhande rwa M23, zikayiha intwaro, […]
Mwanyiciye isoko, munshakire umugabo mumuzane_Kate Bashabe wari ubajijwe kuri Sadio Mané
Umunyamideli akaba n’umucuruzikazi, Kate Bashabe, yashinje abanyamakuru kumwicira isoko bigatuma atabona umugabo, nyuma yo gukuririza inkuru zitari zo ku rukundo rwe n’ibyamamare bitandukanye. Uyu mukobwa w’imyaka 31 y’amavuko yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Yago TV Show. Ni ikiganiro cyabereye aho Bashabe atuye ku Rebero, nyuma y’uko yari avuye mu murenge wa Kanombe yavukiyemo aho […]
Museveni yahaye Amerika umukoro niba koko yumva yifuza gufasha Afurika
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika gutandukanya Afurika n’ibihano byafatiwe u Burusiya niba koko zumva zishaka kuyifasha. Museveni yahaye Amerika uyu mukoro kuri uyu wa Kane, ubwo yagiranaga ibiganiro na Ambasaderi wayo mu muryango w’abibumbye, Linda Thomas-Greenfield. Bombi bahuriye ku biro bya Perezida Museveni i Entebbe, baganira ku ngingo […]
Umusirikare wa FARDC yarasiwe mu Rwanda
Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) utamenyekanye imyirondoro, yarasiwe mu murenge wa Busasamana w’akarere ka Rubavu. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Kane tariki ya 04 Nyakanga ni bwo uyu musirikare yarasiwe mu mudugudu wa Cyamabuye, akagari ka Rusura ho mu murenge wa Busasamana. Uwahaye BWIZA amakuru yayibwiye ko uyu musirikare […]
Uwahoze ari Colonel muri FARDC yiyunze kuri M23
Bisamaza Kayonde Richard wahoze ari Colonel mu ngabo za Congo Kinshasa (FARDC), yamaze kwiyunga ku mutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na cyo mu mirwano. Uyu musirikare yahoze akuriye Ingabo za Congo Kinshasa mu mujyi wa Béni, mbere yo guhungira muri Uganda mu mwaka wa 2013 aho yaje gutabwa muri yombi na UPDF mbere yo […]
Simba SC yatandukanye na Meddie Kagere
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania, yemeje ko yamaze gutandukana na rutahizamu w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere, nyuma y’imyaka ine ayikinira. Kagere yari umukinnyi w’iyi kipe y’i Dar es Salaam nyuma yo kuyigeramo akubutse muri Gor Mahia yo muri Kenya. Simba yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter. Iyi […]
Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iri gukurikiranira hafi ikibazo cya Sandra Teta
Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, yatangaje ko iri gukurikiranira hafi ikibazo cy’Umunyarwandakazi Sandra Teta uvugwaho guhohoterwa n’umuhanzi Weasel usanzwe ari umugabo we. Ni nyuma y’amafoto aheruka kujya hanze agaragaza uburyo ki uyu mugore yagiye yicwa urubozo, n’ubwo we yahisemo kuruca akarumira. Kuri ubu ku mbuga nkoranyambaga hamaze igihe hatambutswa ubutumwa butandukanye bw’abatabariza Sandra Teta, ku […]
RDF yabohoye amagana y’abanya-Mozambique bari barafashwe bugwate n’ibyihebe
Ingabo z’u Rwanda (RDF), zatangaje ko zifatanyije n’iz’Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bamaze kubohora abanya-Mozambique babarirwa muri 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe. Ni nyuma y’ibitero bikomeye kuva muri Mata uyu mwaka izi ngabo zagabye ku birindiro bya biriya byihebe byo mu mutwe wa Ahlu al-Sunnah wal-Jamaah unazwi nka Al Shabaab; mu rwego rwo kubisenya. […]
Perezida Joe Biden yashyizeho Ambasaderi mushya wa Amerika mu Rwanda
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaraye yemeje Eric Kneedler nka Ambasaderi mushya w’igihugu cye mu Rwanda. Perezida Biden yamusimbuje Peter Vrooman uheruka kwimurirwa muri Mozambique. Eric Kneedler uri mu badipolomate bakomeye muri Amerika, yari amaze igihe ari Chargé d’Affaires w’agateganyo muri ambasade ya Amerika muri Kenya. Ni inshingano yari afite kuva […]
RDF yakozanyijeho na FARDC
Abasirikare bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) n’abo mu za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bakozanyijeho by’akanya gato ejo ku wa Kabiri tariki ya 02 Kanama. Ugukozanyaho hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi kwabereye ku mupaka w’u Rwanda na Congo Kinshasa, ku gice gihuza akarere ka Rubavu na Terirwari ya Nyiragongo yo mu ntara ya Kivu […]
M23 yagose ikigo cya gisirikare cya Rumangabo, FARDC ikizwa n’amaguru
Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko inyeshyamba z’umutwe wa M23 zamaze kugota Ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo, nyuma yo kwigarurira uduce dutatu two muri Terirwari ya Rutshuru. Ni nyuma y’uko mu minsi itatu ishize imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’izi nyeshyamba n’Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC). Urubuga Goma 24 News rukunze […]
The Ben wamaze kugera mu Rwanda yavuze abantu 2 yari akumbuye cyane
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi mu muziki nka The Ben, nyuma yo kugera hano mu Rwanda yavuze ko yari akumbuye nyina umubyara n’umukunzi we Uwicyeza Pamela. Mu nyombya zo kuri uyu wa Gatatu ni bwo uyu muhanzi usanzwe aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze hano mu Rwanda. The Ben ari hano mu Rwanda aho […]
Somalia: Uwahoze ari umuyobozi wa Al Shabaab yagizwe Minisitiri
Minisitiri w’Intebe wa Somalia, Hamza Abdi Barre, yatangaje ko Muktar Robow wahoze ari umuyobozi wungirije w’umutwe wa Al Shabaab akanawubera umuvugizi yagizwe Minisitiri w’iyobokamana. Muktar Robow yahawe izi nshingano nyuma y’igihe gito avuye muri gereza, dore ko yafunzwe imyaka ine kubera gushwana na Mohamed Abdullahi Mohamed ‘Farmajo’ wahoze ari Perezida wa Somalia. Muri 2017 ni […]
Rayon Sports yarezwe muri FIFA ishinjwa ubwambuzi
Umunya-Portugal Jorge Manuel da Silva Paixão wahoze ari umutoza wa Rayon Sports Ferreira Faria Paulo Danie wari umwungiriza we, bamaze kurega iyi kipe muri FIFA bayishinja kubambura. Mu minsi ishize ni bwo Rayon Sports yafashe icyemezo cyo gutandukana n’aba batoza ibasimbuza itsinda ry’abatoza riyobowe n’Umurundi Haringingo Francis Christian. Paixão na mugenzi we bari bamaze amezi […]
Carlo Ancelotti yagereranyije abakinnyi be batatu n’agace kari mu duteye ubwoba ku Isi
Umutoza Carlo Ancelotti w’ikipe ya Real Madrid, yagereranyije Luka Modric, Toni Kroos na Casemiro n’agace ka Triangle de Bermudes kari mu duteye ubwoba ku Isi. Uyu mutoza yakoze iri gereranya nyuma y’umukino Real Madrid iheruka gutsindamo Juventus ibitego 2-0. Ni umukino wa gicuti amakipe yombi aheruka guhuriramo i Los Angeles ho muri Leta Zunze Ubumwe […]
Rubavu: Impanuka ikomeye yaguyemo batatu
Abantu batatu baguye mu mpanuka ikomeye yabereye mu murenge wa Gisenyi w’akarere ka Rubavu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri. Iyi mpanuka yabaye ahagana saa yine z’igitondo. Amakuru avuga ko yatewe yatewe n’ikamyo yari yikoreye mazutu yacitse feri ikagonga imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi ya Virunga yerekezaga mu Mujyi […]
Rubavu: Wa mukobwa washinje Gitifu kumukura iryinyo ‘kuko yanze ko baryamana’ yemeye ko yamubeshyeye
Umukobwa witwa Uwimanimpaye Claudine uheruka gutangaza ko yakubiswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanzenze muri Rubavu akamukura iryinyo, yemeye ko yabeshyeye uyu muyobozi nyuma yo gukoreshwa. Mu cyumweru gishize ni bwo Uwimanimpaye yabwiye itangazamakuru ko yakubiswe na Gitifu Nkurunziza Faustin akamukura iryinyo, amuhora kuba yari yaramwangiye ko baryamana. Ati: “Gitifu yarambwiye ngo turyamane ndabyanga arambwira ngo […]
Habyarimana Béata wahoze ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yahawe imirimo mishya
Habyarimana Uwamaliza Béata uheruka gusimbuzwa ku nshingano yari afite nka Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Habyarimana Béata yakuwe ku nshingano za Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, asimbuzwa Dr Jean Chrisostome Ngabitsinze. Habyarimana yari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda kuva muri Werurwe 2021. Yagizwe Umuyobozi Mukuru wa BK Group […]
Kenya: Uwiyamamariza kuba Perezida yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Prof. George Wajackoyah uri mu bakandida biyamamariza kuyobora Kenya mu matora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, yagaragaye akorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’umwe mu bagore bo muri Kenya. Amashusho y’uyu mukandida wo mu ishyaka Roots Party ahohoterwa ubwo yarimo yiyamamaza akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga. Muri aya mashusho, umwe mu bagore agaragara agerageza […]
Mozambique: Ingabo za RDF mu rugamba rwo gutatanya ibyihebe byongeye kubura umutwe
Ingabo z’u Rwanda ziri mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique zifatanyije n’iza SADC, ziri gutatanya ibyihebe byo mu mutwe wa Ahlu al-Sunnah wal-Jamaah bimaze igihe byongeye kubura umutwe. Kuri ubu ibi byihebe binazwi nka Al Shabaab biri guhungira RDF mu bice by’Uburengerazuba n’amajyepfo ya Cabo Delgado, ibyatumye abaturage batari bake bakomeza kuva […]
Perezida Ndayishimiye yamaganye ubwicanyi Ingabo za MONUSCO zakoreye muri RDC
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaganye Ingabo za MONUSCO ziheruka kurasira abasivile muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu gitondo cy’ejo ku Cyumweru tariki ya 31 Nyakanga ni bwo abasirikare babiri ba MONUSCO barashe ku baturage ku mupaka wa Kasindi uhuza u Rwanda na RDC, bica abasivile babiri na ho ababarirwa muri 15 barakomereka. Icyatumye […]
Rubavu: Gitifu arashinjwa gukura amenyo umukobwa ukora mu kabari ‘wamwangiye ko baryamana’
Umukobwa ukora mu kabari mu murenge wa Kanzenze w’akarere ka Rubavu arashinja Nkurunziza Faustin uwuyobora kumukubita akamukura iryinyo ku mpamvu avuga ko ari iz’uko yamwangiye ko baryamana, ibyo uyu muyobozi avuga ko ari ‘umugambi mubisha’ umaze igihe utegurwa n’agatsiko kagamije kumuharabika. Uyu mukobwa witwa Uwimanimpaye Claudine avuga ko mbere y’uko akubitwa na Gitifu wa Kanzenze […]
Munyakazi Sadate asanga aba-Rayon bakwiye kumusaba imbabazi
Munyakazi Sadate wahoze ari Perezida wa Rayon Sports, asanga abafana b’iyi kipe bakwiye kumusaba imbabazi nyuma kumutera imijugujugu mu gihe yikoraga ku mufuka we kugira ngo ikipe ibeho. Sadate yasubizaga Rutangambwa Martin wahoze ari Visi-Perezida we ndetse akanamubera umujyanama mu bya tekiniki wamubwiye ko akwiye gusaba imbabazi abafana ba Rayon Sports. Ni nyuma yo guhurira […]
RDC: FARDC irayoboye mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu
Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu muri RDC, ishyira Igisirikare cy’iki gihugu (FARDC) ku mwanya wa mbere mu gukora ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu. Ni raporo igaragaza ibikorwa byabaye hagati ya Mutarama na Kamena 2022. Iyi raporo yerekana ko muri iki gihe habaye ibikorwa 3,471 bihonyora uburenganzira bwa muntu, ibyinshi muri byo […]
Ishimwe rya Gen Muhoozi kuri Ian Kagame witegura kuba Sous-Lieutenant
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akanaba imfura ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Ian Kagame witegura gusoza amasomo ya gisirikare. Ian Kagame usanzwe ari umwana wa gatatu mu muryango wa Perezida Kagame, aritegura gusoza amasomo mu ishuri rya gisirikare rya Sundhurst riherereye mu majyepfo w’Umujyi wa Londres mu Bwongereza. […]
RDC: Guverinoma yabwiye abaturage ko umwanzi wabo ari M23 aho kuba MONUSCO
Guverinoma ya Congo Kinshasa yakebuye abaturage bayo, ibabwira ko umwanzi bafite atari MONUSCO ko ahubwo ari umutwe wa M23. Ni ibyatangajwe n’Umuvugizi wayo, Patrick Muyaya, nyuma y’inama y’umutekano kuri uyu wa Gatatu yayobowe na Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde. Iyi nama yabaye mu gihe ibintu bikomeje kudogera mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, kubera imvururu z’abaturage bakomeje […]
Rutahizamu Rayon Sports yari yarahaye amafaranga yerekeje muri mukeba wa TP Mazembe
Ikipe ya St Eloi Lupopo y’i Lubumbashi muri Congo Kinshasa, yamaze gusinyisha rutahizamu Héritier Mongo Lompala Bokamba Mbala wifuzwaga na Rayon Sports. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo uyu rutahizamu wahoze akinira Premeiro do Agosto yo muri Angola yagombaga kugera i Kigali aje gusinyira Rayon Sports, gusa ntiyigera aza. Uyu mukinnyi usanzwe afitanye isano […]
Umukinnyi wabiciye bigacika muri APR FC yerekeje muri Espoir FC
Ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi, yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Issa Bigirimana wanyuze mu makipe atandukanye hano mu Rwanda. Issa Bigirimana ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yamenyakanye mu kipe ya APR FC, by’umwihariko mu mikino y’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu na mukeba wayo Rayon Sports. Issa Bigirimana azwiho kuba umwe mu bakinnyi […]
RDC: Bahati Lukwebo yigurukije umuriro wakijwe kuri MONUSCO ashinjwa gukongeza
Perezida sena ya Congo Kinshasa, Modeste Bahati Lukwebo, yigurukije umuriro wakijwe kuri MONUSCO ashinjwa gukongeza, avuga ko nta munye-Congo yigeze ahamagarira kwamagana buriya butumwa bwa Loni. Ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yatangiye ku wa Mbere w’iki cyumweru, aho abanye-Congo bakomeje kwamagana MONUSCO bayisaba kubavira mu gihugu. Ni imyigaragambyo ahanini yaranzwe no gusahura ndetse no kwangiza ibikorwa […]
Umuhanzikazi ukunzwe muri ‘gospel’ yishimiye imyaka 7 amaze akundana n’umugore mugenzi we
Umuhanzikazi Julie Birungi uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana muri Uganda nka Julie Mutesasira, yagaragaje ko yishimira imyaka irindwi amaze akundana n’umugore mugenzi we. Uyu mugore yahundagaje imitoma kuri mugenzi we agira ati: “Nkikubona bwa mbere nafashwe n’amarangamutima, uwo niwo munsi niyumvisemo urukundo mu buzima bwanjye.” Yunzemo ko buri gihe iyo ateye akajisho […]
M23 na FARDC bongeye kubura imirwano nyuma y’ibyumweru 2 by’agahenge
Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) n’umutwe wa M23, kuri uyu wa Gatatu bongeye kubura imirwano nyuma y’ibyumweru bibiri by’agahenge. Amakuru y’imirwano mishya hagati y’impande zombi yemejwe na Syllas Bangala, umuyobozi muri Groupement ya Busanza iherereye muri Terirwari ya Rutshuru imirwano iri kuberamo. Uyu yabwiye ACTUALITE.CD ko imirwano yabereye mu duce twa Kabingo na Rubavu, nyuma […]
Myugariro w’Amavubi yasubiye mu kipe yo mu cyiciro cya 4 mu Bufaransa yahoze akinira
Myugariro w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Ngwabije Clovis-Bryan, yamaze kwerekeza mu ikipe ya ASP Andrézieux yo mu cyiciro cya kane mu Bufaransa yahoze akinira. Muri Kamena 2020 ni bwo uyu myugariro w’Amavubi yari yavuye muri EA Guingamp yerekeza muri Sporting Club de Lyon yari amaze igihe akinira. Ngwabije cyakora cyo yamenyekanye cyane akiri muri ASP Andrézieux yasubiyemo, […]
Rayon Sports yategereje Umukongomani yoherereje itike y’indege iraheba
Ikipe ya Rayon Sports yategereje rutahizamu Lompala Bokamba wagombaga kurara aje kuyisinyira aturutse muri Congo Kinshasa, gusa amaso ahera mu kirere. Uyu rutahizamu wo ku mpande yumvikanye na Rayon Sports ndetse inamwoherereza itike n’amafaranga make yo gusigira umuryango we, akaba yagombaga kugera mu Rwanda mu ijoro ryakeye ryo ku wa 27 Nyakanga 2022. Mu buryo […]
Perezida Vladimir Putin yageneye Museveni ubutumwa bwihariye
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yakiriye ubutumwa bwihariye yagenewe na mugenzi we Vladimir Putin w’u Burusiya yashyikirijwe ku biro bye na Sergey Lavrov usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Minisitiri Lavrov n’itsinda ayoboye bakiriwe na Museveni ku biro bye i Entebbe, bagirana ibiganiro. Aba bari muri Uganda […]
Umusirikare wa MONUSCO n’abapolisi 2 bayo biciwe muri RDC
Umusirikare wa MONUSCO n’abapolisi babiri bayo kuri uyu wa Kabiri biciwe mu mujyi wa Butembo ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Uko ari batatu biciwe mu myigaragambyo y’abanye-Congo bakomeje gusaba ko ubu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye bwazinga utwangushye bukabavira mu gihugu. Abanye-Congo babushinja kuba bumaze imyaka 22 mu gihugu cyabo, gusa […]
Mackenzie uheruka gutandukana na Rayon Sports yabonye ikipe nshya
Myugariro Nizigiyimana Karim ‘Mackenzie’ uheruka gutandukana na Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Gasogi United. Muri uku kwezi ni bwo Mackenzie na bagenzi be batanu bakinanaga muri Rayon Sports batandukanye n’iyi kipe, nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafitanye na yo. Kuri ubu uyu myugariro w’Umurundi ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo yamaze kwerekeza muri Gasogi United yasinyiye […]