Umwami w’u Buyapani yasabye kwegura kubera intege nke n’ uburwayi

Kuri uyu wa mbere 8 Kanama 2016 umuyobozi w’ikirenga akaba n’umwami w’igihugu cy’u Buyapani yatangaje ko igihe kigeze ngo yegure ku buyobozi bw’igihugu cye kubera impamvu zitandukanye ziganjemo iz’uburwayi, ibi bikaba bishobora gutuma igihugu kijya muri kamparamaka. Mu ijambo uyu mwami uzwi ku izina rya Akihito yanyujije kuri televiziyo ryavugaga ko bimugoye gukomeza kuba umwami […]

Kuki u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikare mu Rwanda?

Nyuma y’ aho Leta y’ u Burundi ibujije imodoka kwinjiza ibicuruzwa mu Rwanda ndetse n’ intumwa z’ icyo gihugu zikivana mu nama y’ abakuru b’ ibihugu by’ Afurika iherutse kubera mu Rwanda, Minisitiri y’ ingabo I Bujumbura yafashe icyemezo cyo kutohereza abakinnyi mu mikino ya gisirikare yatangiye ku wa 8 Kanama 2016. Ibi byashimangiwe mu […]

Birasekeje: Umukobwa yatwaye inda se amutegeka kumwereka uwayimuteye

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka kujya kumwereka uwayimuteye, baragenda barahagera, umusaza yakunje isura bidasanzwe. Umusaza ati ni wowe wantereye umwana inda sha!? Umuhungu ati ni njye muze, ariko reka mbanze nanakuzimanire. Umusaza ati kazimanirwe n’abazimu, nta n’isoni
..(umuhungu aba amuciye mu ijambo) ati jya utuza vieux, inda sinayihakanye, ni njye wayimuteye, nabyara umuhungu […]

Impano Pogba yahaye Drake ishobora gutuma yiyegurira Ruhago

Paul Pogba,umwe mu bari bitabiriye igitaramo Drake yakoreye mu bustani bwa Madison Square I New york muri Leta zunze ubumwe za Amerika yahaye impano uyu muririmbyi umupira wo kwambara wagenewe umupira w’amaguru. Ibyishimo aba bombi bagaragaje bishobora gutuma Drake aha umwanya munini ruhago kurusha uwo yahaga umuziki. Drake ubwo yishimanaga na Pogba mu gitaramo yise […]

Ese urukundo nyakuri ruracyabaho?

Mbona munsi y’ijuru biteye ubwoba, abantu turimo turatakaza ubumuntu ku muvuduko mwinshi cyane. Iyo ntekereje ku urukundo bwo nibaza niba urukundo rw’ukuri rukibaho. Abasore n’abakobwa basigaye bajya gukundana bakabanza bagashyiraho conditions, nubwo atazikubwira mu magambo ariko aba azifite mu mutima. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Niyo mpamvu uzasanga abasore beza bitonda batabona abafasha (nta cash baba bafite), n’inkumi […]

Umupolisi yirukanywe nyuma yo gusambanya umugore amufatiyeho imbunda

Mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo haravugwa umuporisi watawe muri yombi azira gusambanya umugore abanje kumufatiraho imbunda. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Dantelle Mahlab w’imyaka 27 y’amavuko yatawe muri yombi azira gusambanya umugore ku ngufu ubwo yari kuri bariyeri(Roadblock). Polisi ya Pritoria ivuga ko ubwo uyu musore yari ku nshingano, yabanje gusaba uwo mugore […]

Abantu 7 baguye mu gitero cyagabwe na FDRL mu burasirazuba bwa Congo

Mu ijoro ryo ku cyumweru ahagana mu rucyerera rwo kuwa mbere 8 Kanama 2016, ingabo z’abarwanyi bikekwako ari ab’umutwe w’abarwanyi barimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda wa FDRL ziraye mu baturage; abagera kuri 7 bahasiga ubuzima abandi barakomereka. Ubutegetsi bwa repubulika iharanira demokarasi ya Congo bwo mu burasirazuba bwemeza aya makuru, bukavuga ko bateye ingo […]

Sobanukirwa amateka y’Umwami Mutara wa III Rudahigwa

Umwami Mutara wa III Rudahigwa (Charles LĂ©on Pierre) , yavukiye i Nyanza, mu Karere ka Nyanza, mu ntara y’ Amajyepfo muri Werurwe 1911.Yari umwami wa mbere w’ u Rwanda wimye ingoma kandi se akiriho, hari ku ya 10 Nyakanga 1931. Ni umwana w’ Umwami Yuhi IV Musinga na Nyiramavugo Kankazi Redegonde, akaba yarashyingiwe Gicanda Rosalie. […]

Perezida Kagame yakoresheje pasiporo nyafurika yitabira irahira rya mugenzi we wa Tchad

Kuri uyu wa 8 Kanama 2016 nibwo Perezida Paul Kagame yasesekaye i Ndjamena muri Tchad mu muhango w’irahira rya Mugenzi we Idris DĂ©by nk’ uko tubikesha twitter y’ ibiro by’ umukuru w’ igihugu cy’ u Rwanda, Village urugwiro. Perezida wa repubulika y’u Rwanda wamaze gusesekara mu murwa mukuru w’iki gihugu i Ndjamena, yakoresheje bwa mbere […]

Umuhungu wa Riek Machar yiciwe mu mvururu zimaze iminsi muri Juba

Iperereza ryakozwe n’ikinyamakuru Chimpreport ryemeza ko umuhungu wa visi perezida wa Sudani y’epfo Dr. Riek Machar yaguye mu mvururu zadutse muri iki gihugu mu kwezi gushize. Gatwanga Machar bivugwa ko ari umwe mu barashwe ubwo ingabo za se n’iza perezida Kiir zakozanyagaho. Nyuma yo guhwihwisa cyane ko umwe mu bahungu batatu ba Machar yishwe, iki […]

Besigye yavuye imuzi gahunda y’amahanga mu kumufasha guhirika Museveni

Umukandida w’ishyaka FDC Kiiza Besigye yahishuye ko amahanga amushyigikiye mu bikorwa byo gushaka guhirika Perezida Museveni wa Uganda. Ibi abitangaje nyuma yo kwerura akavuga ko adashobora kugirana ibiganiro na Leta ya Museveni nyuma yuko hari amakuru avuga ko baba bari mu biganiro bigamije inyungu z’igihugu. Chimpreport ivuga ko ubwo Besigye yari mu mujyi wa Mbarara […]

Indirimbo Jay Polly yakoranye na Amag niyo yitiriwe Album igiye gushyirwa ahagaragara

Ubwumvikane hagati ya Tuyishime Joshua wamenyekanye nka Jay polly na mugenzi we Amani Hakizimana uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Ama-G The Black bukomeje gushimangirwa na Album nshya bise ‘ Ubuzima bwanjye’ izashyirwa ahagaragara kuwa 26 Kanama 2016 kuri Petit Stade. Nyuma yo kuva muri Uganda mu gitaramo cyavuzweko ko cyahombeje uwari wagiteguye, ntibyabujije ko aba […]

Minisitiri w’intebe yahaye umukoro abagize amatorero ku iterambere ry’igihugu

Mu giterane cyo gushima Imana cyabereye kuri sitade Amahoro ku gicamunsi cyo kuwa 7 Kanama 2016, Minisitiri w’intebe Dr. Anastase Murekezi waje ahagarariye perezida wa repubulika akaba n’umushyitsi mukuru yasabye abagize amatorero atandukanye kwimakaza gahunda za leta zigamije iterambere ry’abaturage. Mu ijambo minisitiri w’intebe yagejeje ku bari bitabiriye iki giterane ngarukamwaka cyiswe ‘Rwanda Shima Imana’ […]

Perezida Museveni yihohoye kuri Bebe Cool nyuma yo kutitabira igitaramo cye

Perezida Museveni wa Uganda yasabye imbabazi umuhanzi Bebe Cool , ko atitabiriye igitaramo cye cyabaye kuri uyu wa gatanu taliki 05 Kanama 2016 kuri Serena Hotel. Perezida Museveni yasabye imbabazi mu gihe byari byitezwe ko ari we mushyitsi mukuru mu bagombaga kwitabira icyo gitaramo akaba atabonetse kubera izindi nshingano . Uyu muhanzi usanzwe afite imikoranire […]

Musanze: Urubyiruko 117 rwiyemeje kuba abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Nyuma y’inama yahuje urubyiruko rwo mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze ku itariki ya 4 Kanama, urubyiruko 117 rwahise rufata icyemezo cyo kuba abanyamuryango b’Ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kurwanya no gukumira ibyaha muri uyu murenge (Rwandan Youth Volunteers In Crime Prevention Organisation-RYVCPO). Rukaba rwarafashe iki cyemezo nyuma y’ikiganiro ku ruhare rw’urubyiruko mu kurwanya […]

Kugeregeza kwiyahura byasigiye ibikomere Oscar Pritorius

Igihanganjye mu mikino Olempike Oscar Pritorius aravugwaho ko yakomeretse ubwo yageragezaga kwiyahurira muri gereza afungiyemo ntibimuhire ahubwo bikamusigira ibikomere. Uyu musore ubarizwa muri Afurika y’Epfo ngo yagize ibikomere bikabije ku kuboko byanatumye ajyanwa kuvurirwa muri bimwe mu bitaro bikomeye byo muri icyo gihugu. Umuvugizi w’inzego za gereza, yavuze ko Pistorius yahakanye amakuru avuga ko yashakaga […]

Al-Barnawi yashyize ku karubanda amakosa yose ya Shekau uvuga ko akiyoboye Boko Haram

Ubwumvikane bucye bwiganjemo guhangana burakomeje hagati mu mutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, aho uherutse kugirwa umuyobozi mushya wawo, al-Barnawi ayoboye itsinda ryiyemeje guhangana n’igice cya Shekau ucyemeza ko ari we muyobozi w’uyu mutwe. Al-Bernawi, wahoze ari umuvugizi wa Boko Haram, akaba ashyigikiwe na Islamic State, kuri uyu wa Gatandatu yashyize ahagaragara video ivuga ibyaha byinshi […]

Ese inzaratsi zavugwaga mu Rwanda rwo hambere zarazimiye? cyangwa zahinduye inyito?

Mu gihe cyo hambere wasanganga abantu bavuga ko umugabo runaka yahawe inzaratsi n’umugore we kugirango abe inganzwa bityo umugore abone uko ategeka mu rugo, nyamara muri iyi minsi usanga batavuga ko ari inzaratsi ahubwo bigahindura inyito bakavuga ko umugabo runaka yaba yararozwe n’umugore we. Inzaratsi zavugwaga hambere wasanganga zitangwa mu buryo bwinshi ariko muri ubwari […]

Umujyi wa Kigali watangaje uko gahunda ya siporo rusange yo kuwa 14 Kanama izaba iteye

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abantu bose ko gahunda ya siporo rusange ngarukakwezi (Car Free Day) izaba tariki ya 14/08/2016. Abaturage bazahurira kuri site zikurikira: Abo mu mujyi bazahurira muri Car Free Zone mu mujyi berekeze SOPETRAD bagana ku cyicaro cya Rwanda Revenue Authority. Abaturuka Remera bazahurira kuri Stade Amahoro bace Gishushu-MINIJUST-amasangano ya Ninzi Hill […]

Centrafrica: Umujyanama wungirije mu bya gipolisi muri Loni yasuye abapolisi b’u Rwanda

Ku itariki ya 4 Kanama, Umujyanama wungirije mu bya gipolisi mu Muryango w’Abibumbye Shaowen Yang, yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda(RWAFPU) bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura no kubungabunga amahoro muri Centrafrica (United Nations Stabilisation Mission in Central African Republic -MINUSCA) aho bakambitse mu murwa mukuru Bangui. Uruzinduko rwa Yang n’intumwa z’Umuryango w’Abibumbye ayoboye, ruri […]

Yabyaye ubugira 5 atazi ko atwite

Ntibikunze kubaho ko umubyeye arinda agira amezi icyenda atazi ko atwite, mu gihe hari ibimenyetso simusiga byanze bikunze bigaragazaza umugore ko yasamye. Ibi biherutse kubaho ku mugore witwa Tawanda aho mu gihe yari akiri umwangavu yaje gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore wari inshuti ye aza gutwita ariko ntiyabimenya. Akimara kuryamana n’uwo musore ngo ntiyabyitayeho akomeza gahunda […]

Kwiheba, umujinya n’agahinda mu bacuruzi b’Abarundi nyuma yo kubuzwa gucuruza imyaka mu Rwanda

Kwiheba, umujinya, n’agahinda nibyo biri mu bacuruzi b’Abarundi nyuma y’icyemezo giherutse gutangazwa na visi perezida wa kabiri w’u Burundi kibuza kongera gucuruza ibiribwa mu Rwanda. Ubwo yasuraga Komini Rugombo mu Ntara ya Cibitoke kuwa 30 Nyakanga, visi perezida wa kabiri, Joseph Butore, yatangaje ko ari icyemezo cya guverinoma hagamijwe kurinda umusaruro w’igihugu. Iki cyemezo ariko […]

Perezida Zuma yahuye n'uruva gusenya ubwo yagezaga ijambo ku baturage

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 06 Kanama ubwo perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma yari kugeza ijambo ku bari mu kigo kibarurirwamo amajwi cya komisiyo y’amatora yari yasuye, hagize gutya haza itsinda ry’abagore bigaragambyaga mu mutuzo bamagana ifatwa ku ngufu, bamuca mu ijambo barangije bamwibutsa akahise imbere y’imbaga. Perezida Zuma akaba yagezaga ijambo ku banyagihugu […]

Intara y'Amajyaruguru irakataje mu gushishikariza abaturage gutura mu midugudu

Mu rwego rwo kurushaho kunoza imiturire no kwihutisha gahunda yo gutura mu Midugudu mu Ntara y’Amajyaruguru, muri Hotel Muhabura mu Karere ka Musanze haherutse guteranira inama yahuje abagize Komite Tekinike (Technical Committee) y’Imiturire ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru n’iz’Uturere tuyigize. Iyi nama yitabiriwe kandi n’abagize Komite Tekinike y’Imiturire ku rwego rw’Igihugu iyobowe na Lt Gen. Fred […]

Charleroi: Abapolisikazi babiri batemaguriwe imbere ya hotel y’igipolisi

Abapolisikazi babiri bo mu gihugu cy’u Bubiligi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu batemaguwe n’umuntu witwaje umuhoro imbere ya hotel yabo iri mu mujyi wa Charleroi nk’uko byanemejwe n’igipolisi cya Charleroi ku rubuga rwayo rwa Twitter. Biravugwa ko umugabo yaje asanga abapolisi aho bari bahagaze asakuza ngo « Allah Akbar », cyangwa se ngo […]

Akarere ka Rubavu ku isonga mu kugaragaramo ibyaha byinshi mu mezi 2 ashize

Mu Ntara y’Iburengerazuba, Akarere ka Rubavu niko kaje imbere mu mezi abiri ashize mu kugaragaramo ibyaha byinshi, aho gakurikirwa n’Akarere ka Rusizi ndetse n’aka Rutsiro nk’uko byatangajwe na Polisi y’Igihugu muri iyi ntara. Ibi byatangarijwe mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’Iburengerazuba iherutse guteranira muri Hotel Bethanie, mu ntangiriro z’iki cyumweru, itariki 02 Kanama 2016, yari […]

Rutshuru: MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Mazembe yamenesheje impunzi nyuma yo gutwika inkambi yazo

Inyeshyamba zo mu mutwe wa MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ Mazembe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu zatwitse inkambi y’abavanwe mu byabo ya Ngoroba muri Teritwari ya Rutshuru ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyi nkambi yari icumbikiye impunzi zisaga 500 yatewe ku isaha ya saa mbiri za mugitondo n’abarwanyi bavugaga ko bari guhiga izindi nyeshyamba zo mu mutwe wa […]

Kubika inyandiko za Gacaca hakoreshejwe ikoranabuhanga birakomeje – CNLG

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ikomeje igikorwa cyo kubika inyandiko z’inkiko Gacaca hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Muri icyo gikorwa, CNLG irafatanya n’umuryango udaharanira inyungu witwa Aegis Trust. Kugira ngo icyo gikorwa kihute kandi kigende neza, habayeho kwongera abakozi bashinzwe kubika izo nyandiko hakoreshejwe ikoranabuhanga. Aho izo nyandiko ziri ku kicaro gikuru cya Polisi y’U Rwanda […]

Gicumbi: Uwari umuyobozi w’Ibitaro bya Kinazi yasanzwe muri motel yapfuye

Uwari umuyobozi w’Ibitaro bya Kinazi mu Karere ka Ruhango, Dr Niyomugabo Fidele akaba yiteguraga n’ubukwe, yasanzwe muri Nice Garden Motel yashizemo yitabye Imana. Dr Niyomugabo witeguraga gukora ubukwe kuwa 18 Nzeri 2016, yasanzwe muri iyi motel iri mu mujyi wa Byumba yapfuye bikaba bikekwa ko yaba yiyahuye mu gihe hataramenyekana neza icyamuhitanye. Umurambo we ukaba […]

Ethiopia: Ubutegetsi bukomeje kwotswa igitutu n'abaturage bakeneye ko buhinduka

Imyigaragambyo yo kwamagana guverinoma muri Ethiopia yatangaiye kuva mu cyumweru gishize muri Gondar mu karere ka Amhara gaherereye mu majyaruguru ya Ethiopia, yakwirakwiriye no mu bindi bice by’igihugu bisaba ko ubutegetsi bwahinduka muri iki gihugu. Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaraho ubutumwa buhamagarira abaturage kwiyunga ku bandi mu myigaragambyo yari iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu no ku […]

Jannifer Lopez ashobora kuba atwite ubuheture

Nyuma y’igihe kinini arikumwe n’umukunzi we, Jannifer Lopez aravugwaho kuba yitegura kubyara undi mwana wa gatatu nyuma y’impanga. Bitangajwe ko ateganya kubyara uyu mwana mu gihe umukunzi we Casper Smart bamaranye igihe, avuga ko yakwishima asanze yaramuteye inda y’umuhungu. Ikinyamakuri Life & Style kivuga ko hari hashize igihe uyu mugabo asaba Lopez ko yamubyarira undi […]

FOREBU ngo yiteguye kandi yiyemeje gukura Abarundi mu nzira ya Karuvali barimo

Umutwe wa FOREBU wemeye ku mugaragaro ko urwanya ubutegetsi bwa perezida Pierre Nkurunziza, kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Kanama, watangaje ko witeguye kandi wiyemeje kurangiza inzira ya karuvali Abarundi barimo. Uyu mutwe uvuga ko wiyemeje kurwanya imvugo zihembera urwango n’amacakubiri n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ngo bikorwa n’ubutegetsi bwa perezida Nkurunziza, watangaje ibi ku rubuga […]

Gusanga abaturage iwabo kw’abayobozi kwitezweho guca urwikekwe hagati yabo

Abatuye i Bweramvura bwa Kinihira barashima Ubuyobozi bw’igihugu bwagennye ko umunsi wa gatatu wa buri cyumweru uharirwa gukemura ibibazo by’abaturage mu nzego zose, kandi bigakorwa abayobozi basanga abaturage iwabo mu midugudu. Ibi bongeye kubigaragaza kuri uyu wa gatatu ushize, itariki 3 Kanama 2016, ubwo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, Vincent MUNYESHYAKA, yafatanyaga n’abayobozi b’Akarere […]

Bugesera Fc yaguze abandi bakinnyi 2 bashobora kuzihimura kuri APR Fc nyuma yo kubirukana

Nyuma yo kwirukana bamwe mu abakinnyi bafatwaga nk’inkingi za mwamba muri APR Fc abandi bakagurishwa mu yandi makipe, biravugwa ko bishobora kuzageza iyi kipe mu mazi abira. Ibi bishingirwa ko ikipe ya Bugesera kugeza ubu yamaze kugura abandi bakinnyi 2 ba APR bari basanzwe bakomeye muri iyi kipe ariko nyuma bakaza kwirukanwa. Abasore baguzwe, ni […]

Sudani y'Epfo: Visi perezida wasimbuye Machar yemeye kumusubiza intebe ye

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yemeye iyoherezwa ry’ingabo mpuzamahanga muri Juba mu nama y’akarere ku kibazo cya Sudani y’Epfo yabereye i Addis Abeba muri Ethiopia, mu gihe Visi perezida wari wasimbuye Machar yatangaje ko yiteguye kumusubiza umwanya we. Visi perezida wa mbere wari uherutse gushyirwaho na Salva Kiir ngo asimbure Dr Riek Machar, ari we Taban […]

Nyuma yo kwikubita hasi umutima ugahagarara, yahuye na Yesu amukiza urupfu

Abantu benshi bifuza guhura na Yesu Christ ariko ntibabigereho kuko atari cyo gihe, cyangwa se hari inshingano basabwa kuzuza ntibazikore, nyamara abandi bagahura nawe nkuko byagendekeye uyu musore muto “Zack Clements” Zack Clements ubusanzwe ni umukinnyi wa ruhago, mu gihe yari mu myitozo ngororamubiri (Gym) yikubise hasi abura umwuka umutima urahagarara mu gihe k’iminota 20. […]

Mu 1997 u Rwanda rwasenye ibirindiro bya CNDD-fdd,ruzimya isoko rya Bujumbura rwishyurira imisanzu ya EAC u Burundi—umubano uhora muzunga uzazahurwa niki?

*Kajugujugu z’u Rwanda i Bujumbura…! *Miliyoni z’Amadorali y’Amereka u Rwanda rwafashishije U Burundi …! *u Burundi bwahagaritse imyaka y’ibihingwa yinjira mu Rwanda Ubusanzwe kubana neza hagati y’ibihugu bituranye ni ingenzi . Nubwo atari ihame ariko biranezeza byazamo agatotsi nabwo ukumva ko bibabaje. Umwanditsi Wa Zaburi ya 133 muli Bibliya Yera , ikaba Zaburi ya Dawidi […]

Ibarura ry’abatora nirirangira nzaba uwa mbere gutangaza itariki y’amatora – Kabila

Perezida Joseph Kabila yatangaje ko amatora azaba nyuma y’igikorwa cyo kubarura abazatora cyatangijwe kuwa 31 Nyakanga muri Nord-Ubangi na komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI). Ibi perezida kabila akaba yarabitangaje kuwa 04 Kanama, mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yari ari kumwe na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni mu Karere ka Kasese ko muri Uganda. Perezida Joseph Kabila […]

Perezida Kagame yitabiriye inama yemeje iyoherezwa ry’ingabo muri Sudani y’epfo

Umuryango uhuza guverinoma mu guharanira iterambere (IGAD) wateraniye i Addis Ababa igitaraganya mu nama yahuje abakurub’ibihugu na za guverinoma harimo na perezida wa repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, mu kwiga ku kibazo cy’amakimbirane akomeje gufata intera muri Sudani y’epfo. Kuri uyu wa 5 Kanama 2016 mu murwa mukuru wa Ethiopia nibwo aba bakuru b’ibihugu na […]

Abasaga 60 bari banduye cholera muri Rubavu bose baravuwe barakira – RBC

Abayobozi muri minisiteri y’ubuzima baratangaza ko imbaraga zashyizwe mu kubuza icyorezo cya cholera cyari cyadutse mu Karere ka Rubavu, mu byumweru bitatu bishize, zatanze umusaruro. Nyuma yo kwaduka kw’icyo cyorezo, minisiteri y’ubuzima ifatanyije n’abayobozi bo muri iki gice, bashinze inkambi yo kwakiriramo abantu bagaragayeho iki cyorezo mu rwego rwo kurinda ko icyorezo gikomeza gukwirakwira, kandi […]

Sobanukirwa impamvu mu gihe cy’izuba ubushake bwo gutera akabariro bwiyongera

Mu gihe cy’impeshyi usanga abantu bashaka kujya ku mazi aho bakura amahumbezi ndetse ugasanga bakunze mu mahoteli ari hafi ho bagakora imibonano mpuzabitsina. Uretse n’abajya ku mazi, no mu bice bindi bitandukanye usanga muri icyo gihe aribwo abagore n’abakobwa batwita, aho hakibazwa impamvu icyo gikorwa kiba kurusha mu bindi bihe bisanzwe. Ubushakashatsi bugaragaza ko ikiruhuko […]

Cyanika: Ingo 60 zari zibanye mu makimbirane zafashijwe kuyavamo no kwiyunga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera, ku itariki ya 2 Kamena yaganiriye n’abaturage barenga 700 bo mu murenge wa Cyanika, ku buryo bakemura amakimbirane yo mu miryango no gukomeza ubufatanye mu gukumira ibyaha muri rusange. Muri iyo nama kandi hari hatumiwemo ingo 60 zo mu murenge wa Cyanika zibanye mu makimbirane zafashijwe kuyavamo […]

Mr Nice yahagaritse kuririmba nyuma yo gushaka kwamburwa ipantaro n’abafana

Mr Nice yahagaritse kuririmba mu gitaramo yari yateguye nyuma yo gushaka gukurwamo ipantalo n’abafana b’igitsinagore ubwo bari bamusanze ku rubyiniro. Iki gitaramo cyabereye mu mujyi wa Nairobi mu kabyiniro ka Ole Timz Club cyari kitabiriwe n’abantu biganjemo abagore benshi bashakaga kumwambura ipantaro ariko ku bw’amahirwe barushwa imbaraga n’abashinzwe umutekano we. Uyu musore ukomoka muri Tanzania […]

Ibura rya dosiye y’urubanza rwa Katumbi ntirizabuza kumukurikirana no kumuhana — Bernard Mikobi

Ibura rya dosiye y’urubanza rwa Moise katumbi na Alexandros Stoupis cyangwa guhunga kw’umucamanza Chantal Ramazani n’uwari umwanditsi w’urukiko ntacyo bizahindura ku gukomeza gukurikirana no gufatira ibihano Katumbi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane, itariki 04 Kanama, umwunganizi mukuru wa leta mu mategeko, Bernard Mikobi. Yagize ati: “Iyo dosiye yibwe ishobora kongera kubakwa [
] ni nk’uko […]

Umuganura ni umunsi ushimangira ubumwe, ubufatanye n’ubusabane bw’Abanyarwanda — Guverineri Munyentwari

Kuri uyu wa 05 Kanama 2016, Abanyarwanda bizihije umunsi w’Umuganura wizihirijwe ku rwego rw’igihugu kuri Stade ya Nyanza, ho mu Ntara y’Amajyepfo, mu karere ka Nyanza. Uyu muhango ukaba witabiriwe n’abantu batandukanye barimo n’inshuti z’u Rwanda. Mu ijambo rye aha ikaze abashyitsi bari muri iyi ntara, guverineri Alphonse Munyentwari yavuze ko Umuganura ari umunsi ushimangira […]

Nyiri Leicester City yakuyeho urujijo ku igurwa rya Mahrez muri Arsenal

Umuherwe w’ikipe ya Leicester City yashwishwiburije Arsenal yemeza ko umusore we Riyad Mahrez adateze kumurekura ndetse ngo akaba yiteguye kumuha icyo yifuza, bityo azatangire Shampiyona afite amafu. Vichai Srivaddhanaprabha abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yashyizeho ifoto ya Mahrez yandikaho amagambo agira ati” Mahrez ntazagurishwa” Bidatinze uyu musore yamusubije abyemeza agira ati” Ok Boss” bigaragare ko ngo […]

U Bufaransa bwasabye u Burundi kwakira abapolisi ba Loni nta kuzarira

Guverinoma y’u Bufaransa yongeye kugaragaza impungenge itewe n’ibibazo bya politiki n’umutekano bikomeje kugaragara mu Burundi. Ibi guverinoma y’u Bufaransa ikaba yabitangaje nyuma y’aho guverinoma y’u Burundi yamaganiye umwanzuro 2303 wa Loni wo kohereza abapolisi 228 muri iki gihugu ngo bajye gufasha mu kuzana umwuka mwiza uzatuma ibiganiro hagati y’Abarundi bikomeza no kugenzura uko uburenganzira bw’ikiremwamuntu […]

Menya uko gukirana k’umusore n’umugeni byari byifashe mu Rwanda rwo hambere

Mu Rwanda rwo hambere harangwaga imico itandukanye yakorwaga mu rwego rwo kwimakaza umuco nyarwanda, imwe muri iyo mico harimo uwo gukirana ku mugabo n’umugore babaga barushinze. Ese uko gukirana byakorwaga gute, ryari, byamaraga igihe kigana gute, ese biracyakorwa? Byose nibyo tugiye kurebera hamwe. Mu gihe cyo hambere iyo bwamaraga kwira bazanaga ibyo kurya, umugeni akabyanga, […]

Dore ibyiza 5 by’ingenzi byo kuba rwiyemezamirimo ukiri muto

Akenshi ku migabane itandukanye y’isi usanga barwiyemezamirimo baba ari abantu bakuze ariko ntibaryoherwa nk’uko bibagendekera abakiri bato nk’uko ubushakashatsi bubigaragaza. 1.Kwirengera ingaruka Kuba rwiyemezamirimo ukiri muto bituma umenya kwirengera ingaruka bidahariwe umuntu runaka ukureberera bityo ukamenya n’uko wakemura ibibazo runaka igihe wugarijwe. Bitandukanye n’abandi bakiri bato usanga bahora bateze amaso ku bakoresha babo cyangwa ku […]

Akarere ka Huye karavuga ko kabuze umukozi wari intangarugero

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu nibwo Alexandre Kayiranga wari umukozi w’Akarere ka Huye ushinzwe amasoko yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yabereye hagati y’ahitwa i Kibilizi (mu Karere ka Gisagara) na Rango (mu Karere ka Huye). Kayiranga yari yagiye muri centre ya Kibilizi (mu Karere ka Gisagara) aho yarimo afatanya n’abandi gutegura iminsi mikuru […]

Gereza Nkuru ya Gitega yanyomoje amakuru y’inyerezwa rya Gen. Cyrille Ndayirukiye

Abaturage begereye Gereza Nkuru ya Gitega baratangaza ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane babonye Gen. Cyrille Ndayirukiye hanze ya gereza ari mu modoka y’igipolisi yari imutwaye ahantu batamenye. Aba baturage bakaba barahise batangira guhanahana amakuru mu rwego rwo kumutabariza bibaza ko yaba yari agiye kunyerezwa. Ubuyobozi bw’iyi gereza ariko bwahise bwihutira guhumuriza abantu […]

Umunyamerika Darryl Lewis washinjwaga kuba umucanshuro yajyanye Congo mu butabera

Umunyamerika Daryll Lewis aherutse kujyana guverinoma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu Rukiko rw’Akarere rwa Washington ashinja minisitiri w’ubutabera wa Congo n’inzego z’ubutasi zayo, kumukorera iyicarubozo. Darryl Lewis arasaba abayobozi ba Congo kumwishyura miliyoni 4,5 z’amadolari nk’impozamarira ku iyicarubozo yakorewe muri iki gihugu mu gihe kigera hafi ku kwezi ahafungiye. Jeune Afrique ikaba ivuga […]

Nyarugenge: Polisi yafashe imodoka ipakiye amakarito 56 y'inzoga itemewe

Polisi y’u Rwanda ku itariki 4 Kanama yafashe uwitwa Uwimpuhwe Emmanuel apakiye amakarito 56 y’inzoga itemewe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda yitwa Kitoko mu ivatiri ya Hyundai ifite nomero ziyiranga RAA 731C. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko Uwimpuhwe yafatiwe mu kagari ka Kimisagara, […]

Museveni yabwiye Kabila ko nawe atazi impamvu abahoze muri M23 banze gusubira iwabo

Perezida Museveni yatangaje ko atazi impamvu, abahoze ari abarwanyi ba M23 babarirwa muri Magana bahungiye ku butaka bwa Uganda, banze gusubira mu gihugu cyabo. Museveni akaba yabitangarije itangazamakuru I Kasese mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ari kumwe na perezida Kabila, aho yavuze ko akiganira n’uyu mutwe ngo yumve impamvu badashaka gusubira iwabo. Kuva […]

Ibikorwa bya Sokola II bimaze guhitana inyeshyamba 140 za FDLR — FARDC

Kuva mu 2015 kugeza muri Nyakanga 2016, byibuze abarwanyi 140 ba FDLR barishwe, 323 batabwa muri yombi, mu gihe 191 bishyize mu maboko ya Monusco nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’ibikorwa bya Sokola II, ubw yatangazaga aho, igikorwa cyo guhiga izi nyeshyamba z’Abanyarwanda n’indi mitwe yitwaje ibirwanisho muri Walikale, Rutshuru, Masisi na Nyiragongo, bigeze. Hagati aho, sosiyete […]

Impamvu ababyeyi bakwiye kwereka abana babo filimi zijyanye n’imyaka yabo

Ni kenshi ababyeyi baburirwa kwereka abana babo amashusho ajyanye n’imyaka yabo mu kurinda imitekerereze igenda yaguka kuko igti gikura kikiri gito. Mu mikurire ya muntu, agenda ava ku rwego rumwe ajya ku rundi agenda yagura imitekerereze ituruka kubyo abona ubuzima abayemo,abo babana, bigenda bigira ingaruka nziza cyangwa mbi ku buzima bwe. Uburyo ababyeyi barera abana […]

Urubyiruko rwo muri Nyabihu rwaganirijwe ku icuruzwa ry’abantu

Urubyiruko rwiganjemo abanyeshuri rugera 200 rwo mu murenge wa Jenda, ho mu karere ka Nyabihu ku itariki 2 Kanama rwaganirijwe na Polisi y’u Rwanda ku icuruzwa ry’abantu. Rwahuguwe na Assistant Inspector of Police (AIP) Ariane Muhorakeye, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego muri aka karere. Yavuze ko abakora iki cyaha […]

Byemejwe ko umukinnyi Gabriel Jesus yamaze kwerekeza muri Man City

Miliyoni 27 z’amayero nizo zatanzwe ku mukinnyi Gabriel Jesus wakiniraga Palmeiras yo muri Brezil aho kugeza ubu yamaze gusinya amasezerano yo gukinira ikipe ya Manchester City. Jesus w’imyaka 19 y’amavuko yahisemo kureka imyiteguro yari irimbanyije ubwo ikipe ye yiteguraga amarushanwa bari kwitabira muri Afurika y’epfo yatangiye kuri uyu wa 4 Kanama 2016 ahitamo kwerekeza muri […]

Imodoka zitwara abagenzi ziva mu Rwanda zabujijwe kwinjira mu Burundi

Igihugu cy’u Burundi gikomeje gufata ibyemezo bikomeye mu rwego rwo kugaragaza ko kitishimiye u Rwanda nubwo bigira ingaruka no ku baturage babwo, aho amakuru agera kuri Bwiza.com avuga ko nta modoka itwara abagenzi yemerewe kurenga umupaka iva cyangwa ijya mu Rwanda. Amakuru atugeraho aravuga ko mu masaha macye ashize mu Burundi hafashwe icyemezo cy’uko nta […]