Abacuruzi ba Caguwa batangiye kubona ingaruka zo kuzamurwa kwâ imisoro
Nyuma yâigihe gito Leta yâu Rwanda ishyizeho gahunda yo kuzamura imisoro ku bicuruzwa bya caguwa, abacuruzi bayo bararira ayo kwarika bavuga ko batangiye kwibonera ingaruka zituruka mu kuzamura iyo misoro. Bamwe mu bacuruzi bakorera mu masoko atandukanye abarizwamo inkweto za caguwa nâibindi bikomoka ku mpu bavuga ko ibyo bicuruzwa byari bitunze benshi ariko kugeza ubu […]
U Rwanda mu ngaruka zâicyemezo cyâu Burundi cyo guhagarika ubuhahirane
U Rwanda rwatangiye guhura nâingaruka zikomeye zo kuba u Burundi bwarakumiriye ubucuruzi hagati yâibihugu byombi, nkâuko byatangajwe na minisitiri wâubucuruzi nâinganda Francois Kanimba. Minisitiri Francois Kanimba yatangaje ko ibyo u Rwanda rwoherezaga mu Burundi biturutse ku musaruro ukomoka ku nganda muri rusange byagabanutseho 40%. Ubwo yaganiraga nâabanyamakuru, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda n’amakoperative yatangaje ko icyemezo giherutse […]
DRC: Perezida Kabila yahaye umuyobozi wa Monusco ruswa ya Miliyoni yâ amadorari
Umuyobozi wa Monusco muri Congo-Kinshasa, Maman Sambo Sidikou avugwaho guhabwa ruswa ya miliyoni yâ amadorari yâ amanyamerika nkâ uko umwe mu bantu begereye perezidansi yabitangarije VAC Radio. Aya makuru akomeza avuga ko M. Sidikou yakiriye aya madorari mu rwego rwo gufasha Perezida Kabila gutekinika Itegekonshinga kugira ngo azayobore Congo-Kinshasa manda ya 3. Georges Kapiamba uhagarariye […]
Gicumbi: Ukekwaho kwica nyina yatawe muri yombi na polisi
Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi, yataye muri yombi umusore washakishwaga akekwaho kwica nyina, ubu bwicanyi bukaba bwarabereye mu karere ka Nyamasheke muntangiriro zâiki cyumweru. Uyu musore witwa Niyokwizera Emmanuel wari uzwi cyane ku izina rya Kwizera wâimyaka 24, yafatiwe mu nkambi yâimpunzi ya Gihembe aho bigaragara ko yari yihishe. Akaba akekwa we […]
Tanzaniya: Amashyaka 10 yanze kwifatanya na CHADEMA irwanya perezida Magufuli
Mbere yâuko hatangazwa ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe nâishyaka riharanira demokarasi nâiterambere muri Tanzaniya, CHADEMA biteganyijwe gushyirwa ahagaragara kuwa 1Nzeri 2016; amashyaka atavuga rumwe nâubutegetsi yamaganiye kure iki gikorwa kizaba kirimo nâimyigaragambyo. Inama yahuje amashyaka 10 ya politiki muri iki gihugu yemeje ko atarenga kubyo perezida John Pombe Magufuli yatangaje ku bijyanye nâumutekano wâigihugu ngo bifatanye […]
Itsinda ryâ Abaganga bo muri RDF ryavuye mu butumwa muri Centrafrica
Itsinda rigizwe nâ abaganga ba gisirikare 63 bâ u Rwanda bageze I Kigali baturutse mu butumwa bw’akazi muri Centrafrica aho bavuye abarwayi benshi biganjemo abakozi ba Loni. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iryo tsinda ryâ abaganga bâ inzobere bo muri RDF babarirwaga mu cyiciro cya kabiri (Level II Hospital) bakoraga kimwe nâ izindi ngabo zose za Loni ziri […]
Nanabonye amakuru yâuko hari imigambi mibisha yo kungirira nabi â Dr Kiiza Besigye
Dr Kiiza Besigye yahishuye impamvu yatumye kuri uyu wa Gatatu atagera ku rukiko rukuru rwa Makindye kwifatanya nâabayoboke be yari yahamagaje ngo bakurikirane uko umukuru wâigipolisi wari watumijwe nâurukiko yisobanura ku byaha byo guhohotera abatavuga rumwe nâubutegetsi bishinjwa Polisi ya Uganda. Besigye akaba yatangaje ko ubuzima bwe bwari mu kaga kuri uyu wa Gatatu. âNabonye […]
Ni gute watandukanye Imana nâ ibigirwamana ?
Kenshi iki kibazo gishobora gutera impaka kuko hari abatemera ko havugwa ijambo ibigirwamana, nyamara na Bibiliya ihamya ko ibisengwa byose bitari Imana Nkuru ahubwo ari ibigirwamana. Hari aho usanga basenga inyamaswa, abandi bagasenga ishusho yâikintu runaka cyabumbwe cyangwa cyabajwe, hari nâabasenga imyuka cyangwa ibimenyetso kandi byose ugasanga bemeza ko ari Imana zabo. Akenshi ubonye ibi, […]
Mu kwizihiza uburumbuke bitabira iserukiramuco bambaye ubusa
Mu rwego rwo kwizihiza uburumbuke rusange nâ imibereho myiza mu gihugu cya Indonesia , mu Karere ka Jayawijaya mu Ntara ya Papou hasanzwe hategurwa iserukiramuco yâ imbyino aho abagabo nâ abagore babyina bambaye ubusa. Iri serukiramuco ngarukamwaka ryitwaâ Baliem Valley Cultural Festivalâ rihuza abaturage bo moko yâ abarwanyi ba Lani ndetse na Yali aho babyina […]
Abinyujije mu ibaruwa itagejejwe kubategura Salax awards,King James yikuye mu marushanwa
King James mu ibaruwa ikubiyemo ibisobanuro bwite byo kwikura mu marushanwa ryâabahatanira ibihembo bya Salax Awards ihabwa itangazamakuru aho gushyikirizwa Ikirezi group basanzwe bategura aya marushanwa. Tariki ya 6 Kanama 2016, nibwo Ikirezi Group itegura itangwa ry ibihembo bya Salax Awards yamurikiye abanyamakuru urutonde rwâabahanzi bakoze neza hagendewe ku buryo batowe. Mukiganiro nâitangazamakuru,Umuyobozi wâ Ikirezi […]
Ikiguzi cyâamasomo ya siyansi muri Kaminuza yâu Rwanda cyiyongereyeho 50%
Ikiguzi cyâuburezi mu banyeshuri ba kaminuza biga amasomo ya siyansi (Science) muri kaminuza yâu Rwanda kiziyongeraho 50% nkâuko izi mpinduka zemerejwe mu mwanzuro wâinama yâabaminisitiri yabaye muri Kamena. Bisobanuye ko guhera mu mwaka wâamashuri uzatangira muri Nzeri 2016, ikiguzi cyâuburezi ku banyeshuri biga ibijyanye na siyansi muri Kaminuza yâu Rwanda, kiziyongeraho 50% nkâuko byemejwe mu […]
Kuvana urwego rwâ ubugenzacyaha muri polisi si uko byatezaga icyuho-Minisitiri Busingye
Minisitiri wâubutabera akaba nâintumwa nkuru ya leta Johnstone Busingye yasobanuye ko kuba ishami ryâubugenzacyaha ryavanywe muri polisi rigahinduka urwego ruzagenzurwa na minisitiri yâubutabera ntacyo byishe; ko ahubwo ari ukurushaho kubaka iterambere mu nzego za leta. Mu myanzuro yâinama yâabaminisitiri yateranye kuwa 10 Kanama 2016 yemeje ko ishami ryabarizwaga muri polisi yâigihugu rishinzwe ubugenzacyaha rizwi nka […]
Uburyo abashakanye baryamanye bishobora kugaragaza uburyo babanye
Abashakanye baryama imibiri yabo itegeranye cyangwa bateranye imigongo, bigaragaza ko umubano wabo wifashe nabi mu gihe abaryama imibiri yabo yegerana cyane bituma umubano wabo uba mwiza ndetse ukaniyongera. Ukunda kuryama uteye umugongo uwo mwashakanye? Ese hagati yanyu muhashyira intera ndende cyangwa uba wifuza kuryama utegeranye nawe mu buryo bwose ukegera igikuta cyâinzu cyane? Ibi bigaragaza […]
Uganda: Abanyeshuri 1000 mu ishuri ryisumbuye bataye ishuri barishinja kubamo imyuka mibi
Abanyeshuri babarirwa mu 1,000 bo mu Ishuli ryisumbuye rya Luteete bataye ishuri bavuga ko iki kigo cyatewe nâimyuka mibi bigatuma abanyeshuri bamara iminsi 3 yikurikiranya barabaye nkâabasazi. Ngo ni nyuma yâaho bivuzwe ko abanyeshuri benshi batewe nâimyuka mibi bamera nkâabasazi ku Cyumweru, kuwa Mbere ndetse no kuwa Kabiri aho ngo bibasiye abarimu ndetse nâabanyeshuri bagenzi […]
Inyubako ya Pasteur Bizimungu iri ku Kacyiru yibasiwe nâinkongi yâumuriro
Inyubako ya Pasteur Bizimungu iherereye ku kacyiru yafashwe nâinkongi yâumuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ariko nta bintu byinshi byangiritse. Iyi nzu ya Pasteur Bizimungu wahoze ari perezida wâu Rwanda iherereye munsi yâaho ambasade yâu Buholandi ikorera, yahiye igice cyayo kibikwamo ibikoresho, ariko ishami rya polisi rishinzwe kurwanya inkongo rihagerera igihe riratabara nta […]
Urwenya: Ubwire umugabo wawe andekere umugore!
Mu gitondo cya kare umugore yumva umuntu akomanga ku rugi, afunguye asanga ni umugabo atazi aramubaza ati âuri umugore?â, umugore ubwoba buramwica asubiza arugi huti huti. Ku mugoroba amaze kwanura ibintu byose ageze mu nzu, yumva umuntu ukomanga ku rugi, akinguye asanga ni wa mugabo, aramubaza ati âUri umugore nkâabandi?â Undi arongera ahita akinga vuba […]
Urujijo : Impamvu zatumye Gaby yangirwa kwinjira muri USA ntizisobanutse
Nyuma yo kwangirwa gukandagira ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gaby Irene Kamanzi umwe mu bahanzi nyarwanda bari batumiwe mu giterane âRwanda Christian Conventionâ yasobanuriye kimwe mu kinyamakuru gikorera I Kigali ko impamvu nyamukuru ari uko Imana itabishatse. Mu kiganiro cyagaragaye kuri icyo gitangazamakuru ku italiki ya 7 Kanama 2016, Gabby yagiraga ati:â […]
Icyuho cyari kuzagaragara muri AFC Leopards cyazibwe na Gilbert Fiamenyo
Diarra wari wabaye gatambatamba hagati ya Rayon Sports na AFC Leopard, yasimbuwe nâumunya Ghana Gilbert Fiamenyo. Ikipe ya AFC Leopards yo mu gihugu cya Kenya yamaze kwibikaho rutahizamu wo gusimbura Ismaila Diarra waciye ukubiri nâamasezerano yari yasinye akerekeza muri Rayon Sports. Gilbert Fiamenyo,wâimyaka 23 uvuka muri Ghana yamaze gushyira umukono ku masezerano yâimyaka 2 agiye […]
Leta ya Kisilamu imaze gutakaza hafi 45,000 byâabarwanyi mu myaka 2 ishize
Kuva ibitero byâindege byâibihugu byishyize hamwe biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mutwe wa Leta ya Kisilamu (Islamic State)byatangira mu myaka 2 ishize, hafi 45,000 byâabarwanyi bâuyu mutwe biciwe muri Irak no muri Syria nkâuko byatangajwe na Gen. Sean MacFarland wâUmunyamerika uyobora ibi bitero. Mu kiganiro nâitangazamakuru, Gen. Sean MacFarland yatangaje ko babara […]
Prof Shyaka Anastase asaba ubuyobozi guha abaturage umwanya mu bibakorerwa
Kuri uyu wa 10 Kanama 2016 ubwo hizihizwaga umunsi Nyafurika wo kwegereza abaturage ubuyobozi nâubushobozi ku rwego rwâigihugu, umunsi wabereye mu karere ka Gakenke, Prof Shyaka Anastase uyobora Ikigo cyâIgihugu cyâImiyoborere (RGB) yasabye abayobozi bâinzego zâibanze guha umwanya abaturage bakagira uruhare mu bibakorerwa kuko bikiri ku kigero cyo hasi. Umunsi Nyafurika wo kwegereza abaturage ubuyobozi […]
CNLG na Kaminuza ya Pennsylvania mu bufatanye mu kubungabunga ibimenyetso bya jenoside
Imwe mu nzira zo kurwanya ihakana nâipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukubungabunga ibimenyetso byerekana ukuntu yakozwe. Ibi kandi bizanafasha mu kwereka abazavuka nyuma ibibi byâiyi jenoside. Ni muri urwo rwego Komisiyo yâIgihugu yo kurwanya Jenoside yagiranye amasezerano yâubufatanye na Kaminuza ya Pennsylvania yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo ku ntambwe ya […]
U Burundi burashinja u Rwanda guta muri yombi abaturage babwo rubakekaho kuba Imbonerakure
Igihugu cyâu Burundi kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kanama cyashinjije abayobozi bâu Rwanda guta muri yombi abaturage babwo babiri bitwa Ezechiel Mbazumutima na Daniel Nganyirande. Nkâuko byatangajwe nâIbiro Ntaramakuru byâu Burundi, umuyobozi wa Zone Rugazi muri Komini Kabarore yo mu Ntara ya Kayanza mu majyaruguru yâu Burundi, yatangaje ko hashize ukwezi abo Barundi babiri […]
Burundi: Uwari Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika yakuwe ku mwanya we
Perezida wâu Burundi, Pierre Nkurunziza, ashingiye ku Itegeko Nshinga ryâu Burundi, mu ngingo zitandukanye zimuha ububasha bwo kugira ibyo ahindura mu buyobozi, yahagaritse uwari umushinjacyaha mukuru wa Repubulika, Valentin Bagorikunda, nkâuko bigaragara mu itangazo ryavuye muri perezidansi yâu Burundi kuri uyu wa Kabiri, itariki, 09 Kanama 2016. Itangazo ryashyizweho umukono na perezida Nkurunziza ubwe ndetse […]
Perezida Paul Kagame umwe mu bakuru bâ ibihugu bya Afurika bagiye ku butegetsi biyushe akuya
Abakuru bâ ibihugu bagiye ku butegetsi barwanye intambara zikomeye bahurira ku kintu cyo kudahuzagurika ndetse no kutajenjeka , nkâ uko umunyarwanda muri iyi minsi yaciye umugani ugira uti:âImbuto yâ umugisha iva ku giti cyâ umuruhoâ. Iyo twitegereje amateka nâ imikorere yâ abo baperezida bagiye biyemeza gufata umuheto binjira ishyamba baharanira impamvu zinyuranye zirimo uburenganzira bwabo […]
Wifuza kubyara ibitsina byombi? Menya uko wabigenza
Mu gihe tugezemo, byaragaragaye ko umwana ari nkâundi, ariko nubwo bimeze gutyo ntibibuza ababyeyi benshi kwifuza kubyara igitsina runaka, bityo hakaba hari nâabafata umwanzuro wo kubyara indahekana bashakisha igitsina kinyuranye nicyo babyara. Hari nâabafata umwanzuro wo gushaka abandi bagore nyamara ubushakashatsi bwaragaragaje ko Umugabo ariwe ufite ububasha bwo gutera inda ikavamo umukobwa cyangwa umuhungu. Nkâ […]
Rutsiro: Batanu bafatiwe mu mukwabu wâabacukura amabuye mu buryo butemewe
Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro nâabafatanyabikorwa bayo, ku itariki ya 9 Kanama yafatiye mu murenge wa Rusebeya abantu 5 barimo nâumugore, bakekwaho gucukura amabuye yâagaciro mu buryo butemewe nâamategeko. Polisi ikaba yaranafatanye aba bakekwa ibiro 1,438 bya Tini nâibindi 702 bya Coltan. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rutsiro Superintendent of Police […]
Ambasaderi Richard Gasana wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yakuwe ku mwanya we
None kuwa Gatatu, tariki ya 10 Kanama 2016, Inama yâAbaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ashingiye ku bubasha ahabwa nâamategeko yamenyesheje Inama yâAbaminisitiri ko yemereye kujya mu kiruhuko cyâizabukuru Abapolisi 303 nâAbacungagereza 24. Inama yâAbaminisitiri yishimiye ko Inama ya African Union yahuje Abakuru bâIbihugu […]
Wari uzi uko Ubuki bukingira ubuzima ?
Ubuki nkuko bigaragazwa nâubushakashatsi bwakozwe nâabahanga bukomoka ku nzuki. Bukaba bushobora kuba ikinyobwa cyangwa ikiribwa bitewe nuko wifuza gutegura ifunguro ryawe. Uruyuki ni agakoko gato kaguruka gakora ubuki kabukuye ku ndabo zâibiti binyuranye, akaba ariyo mpamvu mu buki habonekamo uruhurirane rwâintunga mubiri nyinshi zikomokamo umuti wâindwara zisaga 50. Amoko yâinzuki Amoko yâinzuki azwi cyane ni […]
Uganda: Byarangiye umukuru wâigipolisi Gen. Kale Kayihura atageze mu rukiko
Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko umukuru wâigipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura atageze mu rukiko mu gihe byari byitezwe ko kuri uyu wa gatatu yitaba akisobanura ku byaha byo guhutaza abatavuga rumwe nâubutegetsi bishinjwa igipolisi. Inkuru dukesha BBC iravuga ko byabaye ngombwa ko igipolisi gishinzwe guhangana nâabigaragambya cyavanye abaturage bigaragambyaga ku rukiko. […]
Rafael Nadal afite icyizere cyo kwegukana umudari wa Zahabu i Rio
Rafael Nadal watangirane imvune amarushanwa ya Tennis akomeje kubera i Rio, ashingiye ku mikinire yagaragaje yanahise imwinjiza mu kiciro cya kabiri ubwo yasezereraga Gilles Simon,Thomas Belluci na David Goffin yeruriye itangazamakuru ko bimuha ikizere cyo kuzegukana umudali wa Zahabu. Nadal atangaje ibi nyuma yâaho atsinze mu mikino 3 ya Tennis mu bagabo yikurikiranya na mugenzi […]
Jean-Baptiste Mugimba wahoze ari umunyamabanga wa CDR arasaba kutoherezwa mu Rwanda
Jean-Baptiste Mugimba uregwa ibyaha bya jenoside nâ ibyâ intambara yanditse ibaruwa ifunguye yerekana impungenge afite zo koherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda. Muri iyi baruwa Mugimba yageneye kopi Minisitiri wâ Umutekano nâ Ubutabera wâ u Buholande, Gerard Adriaan « Ard » van der Steur amusaba ko yatesha agaciro icyifuzo cya Leta yâ u Rwanda cyo kumwohereza kuburanishirizwa […]
Abanyamakuru bo mu Rwanda mu nzira zo gushinga ikigo cyâimari
Abanyamakuru bo mu Rwanda barateganya gushinga ikigo cyâimari iciriritse kizajya kibafasha mu kwiteza imbere nkâuko byemerejwe mu nteko rusange yâItorero ryâAbanyamakuru âImpamyabigwiâ yateraniye i Kigali. Umwe mu banyamakuru bagize igitekerezo cyo gutangiza âImpamyabigwi Development Fundâ, Rene Anthere Rwanyange, yasobanuriye abagize inteko rusange i (Abatoza bâintore zâabanyamakuru) batangiye ari abanyamakuru 30 ariko bakaba bafite gahunda yo […]
Ubusobanuro 10 bwâ inyito, Imana
Mu Kinyarwanda ijambo Imana rikunda kugaruka cyane mu biganiro byâabakoresha urwo rurimi ku buryo ku bantu bamaze gucengerwa nâimyizerere yâabakirisitu kubahiriza itegeko rya gatatu ribuzanya kuvugira ubusa izina ryâImana ubusa cyangwa mu biganiro bikunda kuranga ubuzima bwa buri munsi bwâAbanyarwanda. Gusa ababibona gutyo babiterwa no kutamenya ko ijambo dufite mu Kinyarwanda cyâubu ari umwe mu […]
Bosenibamwe yasabye ko inka zanyerejwe n'izahawe abatazigenewe zigaruzwa byihuse
Guverineri wâintara yâAmajyaruguruguru, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kugaruza inka zanyerejwe muri gahunda ya âGirinka Munyarwandaâ nâizahawe abo zitari zigenewe bitarenze mu Ukuboza kâuyu mwaka. Guverineri Aime Bosenibamwe yatangaje ibi yibaza n’impamvu umusaruro wâibikomoka ku buhinzi nâubworozi ukomeje kuba mucye, akaba anenga abayobozi bo mu nzego zâibanze badafata iya mbere ngo bumve ko bagomba kugira uruhare […]
Imbaga yâabaturage yaje gushyigikira Gen. Kayihura ku rukiko yaganjije abashyigikiye Besigye
Imbaga yâabaturage ishyigikiye umukuru wâigipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura, yazindukiye ku Rukiko Rukuru rwa Makindye ije kumushyigikira, ivuga ko umukuru wâigipolisi bakwiye kumureka agakomeza gukora akazi ko gutuma amategeko yubahirizwa mu gihugu. Kuri uyu wa Gatatu bikaba byari biteganyijwe ko Kayihura yitaba urukiko akisobanura ku byaha bishinjwa igipolisi akuriye. Ni mu gihe kandi abashyigikiye […]
âImitegurire ya Salax Award irafutamye, ihabanye kure nâibyo umuhanzi aba ayitezehoâ – Uncle Austin
Nyuma yâuko hasohokeye abazahatanira ibihembo bimenyerewe nka Salax Award, Uncle Austin yagaragaje isura abonamo abategura iri rushanwa. Umuririmbyi mu njyana ya Afrobeat Luwano Tosh uzwi ku izina ryâubuhanzi Uncle Austin, yatunze agatoki abashinzwe imitegurire yâibihembo bya Salax Awards agaragaza ubuswa bategurana iri rushanwa, nyuma yo kutagaragara ku rutonde rwâabazahataniro ibyo bihembo mu byiciro bitandukanye. Uyu […]
Leta ya Pierre Nkurunziza yatangiye gushishikariza Imbonerakure gushotora u Rwanda
Ku bwâ ibibazo byâ ingutu kandi bikomeye, Leta yâ u Burundi yatangiye gushishikariza umutwe wâ Imbonerakure gushotora u Rwanda mu buryo bwose bushoboka ku mipaka yâ ibihugu byombi. Guharabika Perezida Paul Kagame , guhohotera abanyarwanda bâ inzirakarengane ndetse no gutuka ingabo zâ u Rwanda biciye mu myigaragambyo yateguwe ni bimwe mu bimenyetso simusiga byagiye bigaragara. […]
Hizihijwe isabukuru yâimyaka 30 yâubufatanye hagati yâIntara ya Castre nâUmurenge wa Huye
Mu Murenge wa Huye ho mu karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo bijihije isabukuru yâimyaka 30 yâubufatanye bwâIntara ya Castre mu Bufaransa nâUmurenge wa Huye. Ubu bufatanye bwatangijwe mu mwaka wâ1986, bwari hagati yâiyi Ntara yo mu Bufaransa, nâahahoze ari muri Komini Huye, Perefegitura ya Butare. Bwari bugamije guteza imbere ubuhinzi, imyuga nâuburezi ku mpande […]
DRC: Intumwa yâ umuryango HRW yimwe ibyangombwa ihatirwa gutaha
Ida Sawyer, intumwa yâUmuryango Mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch/HRW) yahatiwe kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma yâaho uruhushya rumwemerera kuhaba (Visa) ruteshejwe agaciro mu kwezi gushize. Ida Sawyer yahagurutse muri RDC kuri uyu wa Kabiri, nyuma yâimyaka umunani yari amaze ahagarariye uwo muryango muri icyo gihugu nkâuko radiyo mpuzamahanga […]
Abayobozi ba Gereza ya Mpimba bafunze bazira umunyururu wakekwagaho gukura ibirwanisho mu Rwanda watorotse
Abakozi ba Gereza Nkuru ya Mpimba mu gihugu cyâu Burundi bakomeje gutabwa muri yombi umusubirizo, aho nyuma yo guta muri yombi umuyobozi wayo kuva kuwa Gatandatu ushize, abandi bayobozi babiri muri iyi gereza baraye batawe muri yombi kuri uyu wa Mbere. Aba bantu uko ari batatu bakurikiranweho kuba barahaye uruhushya umunyururu wari ufungiye muri iyi […]
NYABIHU: Urubyiruko rwaganirijwe ku icuruzwa ryâabantu
Ku itariki ya 8 Kanama, Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu yaganirije urubyiruko rugera kuri 200 rwo mu mirenge ya Jomba na Mulinga ku cyaha cyâ icuruzwa ryâabantu, uko gikorwa, uko bakwirinda nâingamba Polisi yâu Rwanda yashyizeho mu mukurwanya icyo cyaha. Umupolisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi nâabaturage hagamijwe gukumira ibyaha (DCLO) muri […]
Ibihe byiza Justin Bieber yagiranye nâumukunzi we ku birwa bya Hawaii byamwunguye ibitekerezo
Justin Bieber nâinshuti ye Sahara Ray bagaragaye ku birwa bya Hawaii bambaye ubusa,Bieber afata icyemezo cyo kuzahakodesha ibyumweru 2. Nyuma yâaho Justin Bieber atandukanye na Selena Gomez akagaragara yahuje urugwiro na Katy Perry, kuri ubu acuditse bikomeye nâumunyamideli Sahara Ray ukomoka muri Australia bagirana ibihe byiza ku birwa bya Hawaii bambaye ubusa. Nkâuko bigaragara ku […]
Icyo u Burundi bwitaga kurinda abanyagihugu inzara kibasigiye ubukene nâigihombo
Bamwe mu baturage bo mu gihugu cyâu Burundi mu ntara ya Cibitoke bakora ubucuruzi bwâimbuto nâimboga babukoreraga mu Rwanda bakomeje kugerwaho nâingaruka zikomeye zirimo kubora kwâimbuto kubera ibura ryâabakiriya, no kugurisha ku giciro kitagira icyo cyabamarira. Nisabwe Generose usanzwe akora umwuga wâubuhinzi bwâinyanya, ibitunguru nâimboga zitandukanye akanabicuruza; yatangarije Theeasafrican ko ibicuruzwa byatangiye kumuboreraho nyuma yâicyemezo […]
Abafite ubumuga mu Rwanda bagiye koroherezwa mu kubona imirimo
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbutegetsi bwâigihugu Dr. Mukabaramba Alivera yabivuze Leta yâu Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ryâigihugu cyabo. Ibi yabivuze mu nama yahuje abahagarariye abafite ubumuga bo mu bihugu byâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba EAC, kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kanama 2016.Yagize ati […]
Gatsibo: Abaturage nâubuyobozi ntibavuga rumwe ku nyamanswa ziva muri pariki zikabonera
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo begereye Pariki yâAkagera bakomeje kuvuga ko barembejwe nâinyamanswa ziganjemo imvubu zibonera imyaka, mu gihe ubuyobozi bushinzwe ubukerarugendo mu Kigo cyâigihugu cyâiterambere buvuga ko buri gushaka uko bwakemura iki kibazo. Abaturage baturiye Pariki yâAkagera bavuga ko barembejwe nâinyamanswa zibonera imyaka ndetse zikanabatera ubwoba kuko zibasanga mu ngo zabo, bagasaba ababishinzwe […]
Olempike:Umukinnyi wâiteramakofe yatawe muri yombi akurikiranyweho gufata ku ngufu
Umukinnyi ukomeye mu mukino wâiteramakofe muri Namibia yatawe muri yombi akurikiranyweho gufata ku ngufu umwe mu bakozi bita ku bitabiriye imikino olempike irimo kubera muri Brasil mu mujyi wa Rio De Janeiro. Jonas Junias wâimyaka 22 yâamavuko waje ahagarariye igihugu cye cya Namibia, yafunzwe na Polisi yo muri Brasil nyuma yo gukekwaho ko yafashe ku […]
Abahanga batangaje impamvu amafi yo mu Kiyaga cya Tanganyika yagabanyutse
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko ifi zagabanyutse mu Kiyaga cya Tanganyika kimwe no mu biyaga bikomeye byabagamo amafi kwatewe nâubwiyongere bwâubushyuhe mu kinyejana gishize. Ikiyaga cya Tanganyika nicyo kiyaga kinini muri Afurika cyavagamo amafi zatungaga na benshi mu bihugu bigituriye, ariko biravugwa ko umubare wâamafi wagabanyutse cyane kandi abarobyi badasiba kwiyongera. Uku kwiyongera kwâabarobyi rero kukaba […]
Uganda: Umukuru wâigipolisi, Gen. Kale Kayihura mu rukiko
Dr Kiiza Besigye yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu azaba yibereye mu Rukiko Rukuru rwa Makindye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu aho umukuru wâigipolisi, Gen. Kale Kayihura yatumijwe ngo yisobanure ku byaha byâiyicarubozo no gukubita igipolisi ayoboye gishinjwa gukorera abayoboke be, ubwo yafungurwaga avuye muri gereza mu kwezi gushize. Besigye kandi yahamagariye Abagande […]
Dore inama wakurikiza ugacika burundu ku ngeso yo kuryamira
Kuryamira ni kimwe mu mizigo iremereye ibangamira iterambere rya Sosiyete byâumwihariko urugo runaka, bikaba bikunze guterwa nâubunebwe . Hari inama uwokamwe nâiyo ngeso yakurikiza akisanga ari we utanga inama nâibitekerezo byâuko yigobotoye iyo ngoyi maze akibona mu iterambere umusaruro ukiyongera. 1.Gukora imyitozo ngororamubiri Ushobora kuba ukunda kwirukanka, ukunda gusimbuka umugozi, ukunda kwigorora cyangwa se indi […]
Brian Deacon wakinnye Filimi ya Yesu ababazwa no kuba babitiranya
Brian Deacon umukinnyi ukomeye wa Filimi akomeje gufatwa na bamwe ko ari we Yesu Kristo intumwa yâImana bihabanye nâubuzima bwite bwa Deacon wagaragaye akina ubuzima Yesu yabayemo mu Isi. Brian Deacon, umukinnyi wâumuhanga mu byâamafilimi yavutse tariki 13 Gashyantare mu 1949, yavukiye mu gihugu cyâu Bwongereza yashakanye nâuwitwa Lura Lenska aho bamaranye imyaka isaga10 kuva […]
EXPO yongerewe umunsi mu rwego rwo kugerageza uko yazongererwa iminsi yamaraga
Urugaga rwâabikorera mu Rwanda ruratangaza ko rwongereyeho umunsi umwe ku gihe Imurikagurisha rya 2016 ryari kuzamara, aho biteganyijwe ko rizasoza kuwa 11 Kanama 2016 aho kuba ku itariki 10 Kanama. Umuyobozi mukuru wâUrugaga rwâAbikorera (PSF), Ruzibiza Steven, yatangaje ko uyu munsi umwe wongereweho mu rwego rwo kugerageza ko imurikagurisha ryajya rimara iminsi irenze ibyumweru bibiri […]
Kenya: Ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo yabateye ibyuma Umushinwakazi ahasiga ubuzima
Ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo kuri Keekorok Lodge muri pariki yo mu gihugu cya Kenya yitwa Maasai Mara National Reserve, mu ijoro ryakeye yateye icyuma ba mukerarugendo bâAbashinwa umwe ahasiga ubuzima. Uyu muntu ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo na mukerarugendo wâUmushinwa wari uri kumwe nâumugore we, ngo babanje kujya impaka bapfa ameza yo kuriraho, aho uyu munyakenya […]
Burundi :Umunyamakuru washimutswe ashobora kuba yarishwe
Abanyamakuru bakorera ikinyamakuruâ IWACUâ bakomeje gutekereza ko mugenzi wabo Jean Bigirimana washimutswe ashobora kuba yarishwe nâ inzego zâ ubutasi za Leta yâ u Burundi(SNR). Uyu munyamakuru Jean Bigirimana ukorera Ikinyamakuru cyigenga yashimutswe taliki ya 22 Nyakanga 2016 , kuva icyo gihe cyose polisi yakomeje ivuga ko itegeze imuta muri yombi mu gihe hari abantu bemeza […]
Ubushinjacyaha ntiburamenya uko uwari umuyobozi wa RSSB yahanaguweho ibyaha
Kantengwa Angelique wahoze ari umuyobozi wâIkigo cyâUbwiteganyirize bwâabakozi mu Rwanda (RSSB) yagizwe umwere ku byaha byose yari akurikiranweho, ubushinjacyaha bukavuga ko bugiye gusesengura uko yagizwe umwere. Kantengwa Angelique yatawe muri yombi na Polisi yâIgihugu muri Nzeri 2014, akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo wa Leta, gutonesha ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo butemewe […]
Isesengura: Ifungwa ryâ umupaka wâ u Rwanda nâ u Burundi ikimenyetso cyâ iherezo yâ ingoma ya Perezida Nkurunziza
Kuva kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 6 Kanama 2016, Leta yâ u Burundi irangajwe imbere na Pierre Nkurunziza yafashe icyemezo gikaze cyo gufunga imipaka yose ihuza iki gihugu nâ u Rwanda. Iki cyemezo kibuza imodoka zitwara ibicuruzwa mu Rwanda cyafashwe mu rwego rwo kurinda no kubuza Abarundi guhungira mu Rwanda ku bwinshi kuva aho […]
Iperereza: Guy Artiges yerekanye ko FPR/Inkontanyi idafite uruhare mu rupfu rwa Habyalimana
Binyuranyije nâ umucamanza Jean-Louis BruguiĂšre na bagenzi be, umujandarume wâ Umubiligi Guy Artiges mu iperereza yakoze yahuye nâ abatangabuhamya batandukanye kandi benshi bari mu gisirikare no mu buyobozi bwo ku gihe cya Perezida Habyarimana, bagiye bamutangariza ko mbere yâuko indege ya Perezida ihanurwa abasirikare nâabajandarume babwiraga abantu ko hashobora kuba ikintu gikomeye ndetse biteguye bikomeye. […]
Ubukwe bwâumunyamakuru Itangishatse na Nishimwe bwabaye indorerwamo ya bagenzi be- AMAFOTO
Umunyamakuru akaba nâumwanditsi mukuru (Chief Editor) wa Bwiza.com , Itangishatse Theoneste, mu mpera zâicyumweru gishize nibwo yarushinganye nâumukunzi we Nishimwe Devotha bari bamaranye igihe kitari gito bakundana. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Itangishatse Theoneste avuga ko ubu bukwe iri imwe mu ntambwe ateye mu buzima bwe atazibagirwa na gato .iyi ntambwe kandi ikaba yarabaye ikitegererezo ku bandi banyamakuru […]
EALA mu iperereza ku cyemezo cyâu Burundi cyo guhagarika ubuhahirane nâu Rwanda
Inteko Ishinga Amategeko yâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba irateganya gutangiza iperereza ryigenga ku cyemezo guverinoma yâu Burundi iherutse gufata cyo guhagarika ubuhahirane nâu Rwanda. Ibizava muri iri perereza bikaba bizamenyesha iyi nteko nâabakuru bâibihugu bigize uyu muryango umwanzuro wafatwa kuri iki kibazo. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere nâumuyobozi wa EALA, Daniel Kidega, nyuma yâinama yagiranye […]
Twiteguye kuganira na NRM ariko ku kuva ku butegetsi kwayo â Dr Kiiza Besigye
Nyuma yo gutangaza ko nta biganiro ashobora kugirana na perezida Museveni mu minsi ishize, ubu noneho Dr Kiiza Besigye yatangaje ko we nâishyaka rye, FDC, biteguye kugirana ibiganiro nâishyaka riri ku butegetsi ariko ku kuntu ryava ku butegetsi mu mahoro kuko ngo batigeze batsinda amatora yo mu 2016 ahubwo ari we wayatsinze. âNtabwo turwanya kuvugana […]
Gatsibo: Abayobozi bâimisigiti yâabayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha
Ubu butumwa bwahawe abayobozi bâimisigiti yâabayisilamu bose hamwe uko ari 195 bo mu karere ka Gatsibo tariki ya 7 Kanama 2016 mu murenge wa Kiramuruzi, mu nama bagiranye nâubuyobozi bwâakarere ndetse nâubuyobozi bwa Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo. Umuyobozi wâakarere ka Gatsibo Bwana Gasana Richard, yashimiye ubufatanye buri hagati yâakarere ndetse nâabayisilamu […]