Abacuruzi ba Caguwa batangiye kubona ingaruka zo kuzamurwa kw’ imisoro

Nyuma y’igihe gito Leta y’u Rwanda ishyizeho gahunda yo kuzamura imisoro ku bicuruzwa bya caguwa, abacuruzi bayo bararira ayo kwarika bavuga ko batangiye kwibonera ingaruka zituruka mu kuzamura iyo misoro. Bamwe mu bacuruzi bakorera mu masoko atandukanye abarizwamo inkweto za caguwa n’ibindi bikomoka ku mpu bavuga ko ibyo bicuruzwa byari bitunze benshi ariko kugeza ubu […]

U Rwanda mu ngaruka z’icyemezo cy’u Burundi cyo guhagarika ubuhahirane

U Rwanda rwatangiye guhura n’ingaruka zikomeye zo kuba u Burundi bwarakumiriye ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Francois Kanimba. Minisitiri Francois Kanimba yatangaje ko ibyo u Rwanda rwoherezaga mu Burundi biturutse ku musaruro ukomoka ku nganda muri rusange byagabanutseho 40%. Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda n’amakoperative yatangaje ko icyemezo giherutse […]

DRC: Perezida Kabila yahaye umuyobozi wa Monusco ruswa ya Miliyoni y’ amadorari

Umuyobozi wa Monusco muri Congo-Kinshasa, Maman Sambo Sidikou avugwaho guhabwa ruswa ya miliyoni y’ amadorari y’ amanyamerika nk’ uko umwe mu bantu begereye perezidansi yabitangarije VAC Radio. Aya makuru akomeza avuga ko M. Sidikou yakiriye aya madorari mu rwego rwo gufasha Perezida Kabila gutekinika Itegekonshinga kugira ngo azayobore Congo-Kinshasa manda ya 3. Georges Kapiamba uhagarariye […]

Gicumbi: Ukekwaho kwica nyina yatawe muri yombi na polisi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi, yataye muri yombi umusore washakishwaga akekwaho kwica nyina, ubu bwicanyi bukaba bwarabereye mu karere ka Nyamasheke muntangiriro z’iki cyumweru. Uyu musore witwa Niyokwizera Emmanuel wari uzwi cyane ku izina rya Kwizera w’imyaka 24, yafatiwe mu nkambi y’impunzi ya Gihembe aho bigaragara ko yari yihishe. Akaba akekwa we […]

Tanzaniya: Amashyaka 10 yanze kwifatanya na CHADEMA irwanya perezida Magufuli

Mbere y’uko hatangazwa ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’ishyaka riharanira demokarasi n’iterambere muri Tanzaniya, CHADEMA biteganyijwe gushyirwa ahagaragara kuwa 1Nzeri 2016; amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yamaganiye kure iki gikorwa kizaba kirimo n’imyigaragambyo. Inama yahuje amashyaka 10 ya politiki muri iki gihugu yemeje ko atarenga kubyo perezida John Pombe Magufuli yatangaje ku bijyanye n’umutekano w’igihugu ngo bifatanye […]

Itsinda ry’ Abaganga bo muri RDF ryavuye mu butumwa muri Centrafrica

Itsinda rigizwe n’ abaganga ba gisirikare 63 b’ u Rwanda bageze I Kigali baturutse mu butumwa bw’akazi muri Centrafrica aho bavuye abarwayi benshi biganjemo abakozi ba Loni. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Iryo tsinda ry’ abaganga b’ inzobere bo muri RDF babarirwaga mu cyiciro cya kabiri (Level II Hospital) bakoraga kimwe n’ izindi ngabo zose za Loni ziri […]

Nanabonye amakuru y’uko hari imigambi mibisha yo kungirira nabi — Dr Kiiza Besigye

Dr Kiiza Besigye yahishuye impamvu yatumye kuri uyu wa Gatatu atagera ku rukiko rukuru rwa Makindye kwifatanya n’abayoboke be yari yahamagaje ngo bakurikirane uko umukuru w’igipolisi wari watumijwe n’urukiko yisobanura ku byaha byo guhohotera abatavuga rumwe n’ubutegetsi bishinjwa Polisi ya Uganda. Besigye akaba yatangaje ko ubuzima bwe bwari mu kaga kuri uyu wa Gatatu. “Nabonye […]

Ni gute watandukanye Imana n’ ibigirwamana ?

Kenshi iki kibazo gishobora gutera impaka kuko hari abatemera ko havugwa ijambo ibigirwamana, nyamara na Bibiliya ihamya ko ibisengwa byose bitari Imana Nkuru ahubwo ari ibigirwamana. Hari aho usanga basenga inyamaswa, abandi bagasenga ishusho y’ikintu runaka cyabumbwe cyangwa cyabajwe, hari n’abasenga imyuka cyangwa ibimenyetso kandi byose ugasanga bemeza ko ari Imana zabo. Akenshi ubonye ibi, […]

Mu kwizihiza uburumbuke bitabira iserukiramuco bambaye ubusa

Mu rwego rwo kwizihiza uburumbuke rusange n’ imibereho myiza mu gihugu cya Indonesia , mu Karere ka Jayawijaya mu Ntara ya Papou hasanzwe hategurwa iserukiramuco y’ imbyino aho abagabo n’ abagore babyina bambaye ubusa. Iri serukiramuco ngarukamwaka ryitwa” Baliem Valley Cultural Festival” rihuza abaturage bo moko y’ abarwanyi ba Lani ndetse na Yali aho babyina […]

Abinyujije mu ibaruwa itagejejwe kubategura Salax awards,King James yikuye mu marushanwa

King James mu ibaruwa ikubiyemo ibisobanuro bwite byo kwikura mu marushanwa ry’abahatanira ibihembo bya Salax Awards ihabwa itangazamakuru aho gushyikirizwa Ikirezi group basanzwe bategura aya marushanwa. Tariki ya 6 Kanama 2016, nibwo Ikirezi Group itegura itangwa ry ibihembo bya Salax Awards yamurikiye abanyamakuru urutonde rw’abahanzi bakoze neza hagendewe ku buryo batowe. Mukiganiro n’itangazamakuru,Umuyobozi w’ Ikirezi […]

Ikiguzi cy’amasomo ya siyansi muri Kaminuza y’u Rwanda cyiyongereyeho 50%

Ikiguzi cy’uburezi mu banyeshuri ba kaminuza biga amasomo ya siyansi (Science) muri kaminuza y’u Rwanda kiziyongeraho 50% nk’uko izi mpinduka zemerejwe mu mwanzuro w’inama y’abaminisitiri yabaye muri Kamena. Bisobanuye ko guhera mu mwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri 2016, ikiguzi cy’uburezi ku banyeshuri biga ibijyanye na siyansi muri Kaminuza y’u Rwanda, kiziyongeraho 50% nk’uko byemejwe mu […]

Kuvana urwego rw’ ubugenzacyaha muri polisi si uko byatezaga icyuho-Minisitiri Busingye

Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya leta Johnstone Busingye yasobanuye ko kuba ishami ry’ubugenzacyaha ryavanywe muri polisi rigahinduka urwego ruzagenzurwa na minisitiri y’ubutabera ntacyo byishe; ko ahubwo ari ukurushaho kubaka iterambere mu nzego za leta. Mu myanzuro y’inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 10 Kanama 2016 yemeje ko ishami ryabarizwaga muri polisi y’igihugu rishinzwe ubugenzacyaha rizwi nka […]

Uburyo abashakanye baryamanye bishobora kugaragaza uburyo babanye

Abashakanye baryama imibiri yabo itegeranye cyangwa bateranye imigongo, bigaragaza ko umubano wabo wifashe nabi mu gihe abaryama imibiri yabo yegerana cyane bituma umubano wabo uba mwiza ndetse ukaniyongera. Ukunda kuryama uteye umugongo uwo mwashakanye? Ese hagati yanyu muhashyira intera ndende cyangwa uba wifuza kuryama utegeranye nawe mu buryo bwose ukegera igikuta cy’inzu cyane? Ibi bigaragaza […]

Uganda: Abanyeshuri 1000 mu ishuri ryisumbuye bataye ishuri barishinja kubamo imyuka mibi

Abanyeshuri babarirwa mu 1,000 bo mu Ishuli ryisumbuye rya Luteete bataye ishuri bavuga ko iki kigo cyatewe n’imyuka mibi bigatuma abanyeshuri bamara iminsi 3 yikurikiranya barabaye nk’abasazi. Ngo ni nyuma y’aho bivuzwe ko abanyeshuri benshi batewe n’imyuka mibi bamera nk’abasazi ku Cyumweru, kuwa Mbere ndetse no kuwa Kabiri aho ngo bibasiye abarimu ndetse n’abanyeshuri bagenzi […]

Inyubako ya Pasteur Bizimungu iri ku Kacyiru yibasiwe n’inkongi y’umuriro

Inyubako ya Pasteur Bizimungu iherereye ku kacyiru yafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ariko nta bintu byinshi byangiritse. Iyi nzu ya Pasteur Bizimungu wahoze ari perezida w’u Rwanda iherereye munsi y’aho ambasade y’u Buholandi ikorera, yahiye igice cyayo kibikwamo ibikoresho, ariko ishami rya polisi rishinzwe kurwanya inkongo rihagerera igihe riratabara nta […]

Urwenya: Ubwire umugabo wawe andekere umugore!

Mu gitondo cya kare umugore yumva umuntu akomanga ku rugi, afunguye asanga ni umugabo atazi aramubaza ati “uri umugore?”, umugore ubwoba buramwica asubiza arugi huti huti. Ku mugoroba amaze kwanura ibintu byose ageze mu nzu, yumva umuntu ukomanga ku rugi, akinguye asanga ni wa mugabo, aramubaza ati ”Uri umugore nk’abandi?” Undi arongera ahita akinga vuba […]

Urujijo : Impamvu zatumye Gaby yangirwa kwinjira muri USA ntizisobanutse

Nyuma yo kwangirwa gukandagira ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gaby Irene Kamanzi umwe mu bahanzi nyarwanda bari batumiwe mu giterane “Rwanda Christian Convention” yasobanuriye kimwe mu kinyamakuru gikorera I Kigali ko impamvu nyamukuru ari uko Imana itabishatse. Mu kiganiro cyagaragaye kuri icyo gitangazamakuru ku italiki ya 7 Kanama 2016, Gabby yagiraga ati:” […]

Icyuho cyari kuzagaragara muri AFC Leopards cyazibwe na Gilbert Fiamenyo

Diarra wari wabaye gatambatamba hagati ya Rayon Sports na AFC Leopard, yasimbuwe n’umunya Ghana Gilbert Fiamenyo. Ikipe ya AFC Leopards yo mu gihugu cya Kenya yamaze kwibikaho rutahizamu wo gusimbura Ismaila Diarra waciye ukubiri n’amasezerano yari yasinye akerekeza muri Rayon Sports. Gilbert Fiamenyo,w’imyaka 23 uvuka muri Ghana yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka 2 agiye […]

Leta ya Kisilamu imaze gutakaza hafi 45,000 by’abarwanyi mu myaka 2 ishize

Kuva ibitero by’indege by’ibihugu byishyize hamwe biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mutwe wa Leta ya Kisilamu (Islamic State)byatangira mu myaka 2 ishize, hafi 45,000 by’abarwanyi b’uyu mutwe biciwe muri Irak no muri Syria nk’uko byatangajwe na Gen. Sean MacFarland w’Umunyamerika uyobora ibi bitero. Mu kiganiro n’itangazamakuru, Gen. Sean MacFarland yatangaje ko babara […]

Prof Shyaka Anastase asaba ubuyobozi guha abaturage umwanya mu bibakorerwa

Kuri uyu wa 10 Kanama 2016 ubwo hizihizwaga umunsi Nyafurika wo kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi ku rwego rw’igihugu, umunsi wabereye mu karere ka Gakenke, Prof Shyaka Anastase uyobora Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze guha umwanya abaturage bakagira uruhare mu bibakorerwa kuko bikiri ku kigero cyo hasi. Umunsi Nyafurika wo kwegereza abaturage ubuyobozi […]

CNLG na Kaminuza ya Pennsylvania mu bufatanye mu kubungabunga ibimenyetso bya jenoside

Imwe mu nzira zo kurwanya ihakana n’ipfobya bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukubungabunga ibimenyetso byerekana ukuntu yakozwe. Ibi kandi bizanafasha mu kwereka abazavuka nyuma ibibi by’iyi jenoside. Ni muri urwo rwego Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza ya Pennsylvania yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo ku ntambwe ya […]

U Burundi burashinja u Rwanda guta muri yombi abaturage babwo rubakekaho kuba Imbonerakure

Igihugu cy’u Burundi kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Kanama cyashinjije abayobozi b’u Rwanda guta muri yombi abaturage babwo babiri bitwa Ezechiel Mbazumutima na Daniel Nganyirande. Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’u Burundi, umuyobozi wa Zone Rugazi muri Komini Kabarore yo mu Ntara ya Kayanza mu majyaruguru y’u Burundi, yatangaje ko hashize ukwezi abo Barundi babiri […]

Burundi: Uwari Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika yakuwe ku mwanya we

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, ashingiye ku Itegeko Nshinga ry’u Burundi, mu ngingo zitandukanye zimuha ububasha bwo kugira ibyo ahindura mu buyobozi, yahagaritse uwari umushinjacyaha mukuru wa Repubulika, Valentin Bagorikunda, nk’uko bigaragara mu itangazo ryavuye muri perezidansi y’u Burundi kuri uyu wa Kabiri, itariki, 09 Kanama 2016. Itangazo ryashyizweho umukono na perezida Nkurunziza ubwe ndetse […]

Perezida Paul Kagame umwe mu bakuru b’ ibihugu bya Afurika bagiye ku butegetsi biyushe akuya

Abakuru b’ ibihugu bagiye ku butegetsi barwanye intambara zikomeye bahurira ku kintu cyo kudahuzagurika ndetse no kutajenjeka , nk’ uko umunyarwanda muri iyi minsi yaciye umugani ugira uti:”Imbuto y’ umugisha iva ku giti cy’ umuruho”. Iyo twitegereje amateka n’ imikorere y’ abo baperezida bagiye biyemeza gufata umuheto binjira ishyamba baharanira impamvu zinyuranye zirimo uburenganzira bwabo […]

Wifuza kubyara ibitsina byombi? Menya uko wabigenza

Mu gihe tugezemo, byaragaragaye ko umwana ari nk’undi, ariko nubwo bimeze gutyo ntibibuza ababyeyi benshi kwifuza kubyara igitsina runaka, bityo hakaba hari n’abafata umwanzuro wo kubyara indahekana bashakisha igitsina kinyuranye nicyo babyara. Hari n’abafata umwanzuro wo gushaka abandi bagore nyamara ubushakashatsi bwaragaragaje ko Umugabo ariwe ufite ububasha bwo gutera inda ikavamo umukobwa cyangwa umuhungu. Nk’ […]

Rutsiro: Batanu bafatiwe mu mukwabu w’abacukura amabuye mu buryo butemewe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro n’abafatanyabikorwa bayo, ku itariki ya 9 Kanama yafatiye mu murenge wa Rusebeya abantu 5 barimo n’umugore, bakekwaho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Polisi ikaba yaranafatanye aba bakekwa ibiro 1,438 bya Tini n’ibindi 702 bya Coltan. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rutsiro Superintendent of Police […]

Ambasaderi Richard Gasana wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yakuwe ku mwanya we

None kuwa Gatatu, tariki ya 10 Kanama 2016, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ashingiye ku bubasha ahabwa n’amategeko yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko yemereye kujya mu kiruhuko cy’izabukuru Abapolisi 303 n’Abacungagereza 24. Inama y’Abaminisitiri yishimiye ko Inama ya African Union yahuje Abakuru b’Ibihugu […]

Wari uzi uko Ubuki bukingira ubuzima ?

Ubuki nkuko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bukomoka ku nzuki. Bukaba bushobora kuba ikinyobwa cyangwa ikiribwa bitewe nuko wifuza gutegura ifunguro ryawe. Uruyuki ni agakoko gato kaguruka gakora ubuki kabukuye ku ndabo z’ibiti binyuranye, akaba ariyo mpamvu mu buki habonekamo uruhurirane rw’intunga mubiri nyinshi zikomokamo umuti w’indwara zisaga 50. Amoko y’inzuki Amoko y’inzuki azwi cyane ni […]

Uganda: Byarangiye umukuru w’igipolisi Gen. Kale Kayihura atageze mu rukiko

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura atageze mu rukiko mu gihe byari byitezwe ko kuri uyu wa gatatu yitaba akisobanura ku byaha byo guhutaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bishinjwa igipolisi. Inkuru dukesha BBC iravuga ko byabaye ngombwa ko igipolisi gishinzwe guhangana n’abigaragambya cyavanye abaturage bigaragambyaga ku rukiko. […]

Rafael Nadal afite icyizere cyo kwegukana umudari wa Zahabu i Rio

Rafael Nadal watangirane imvune amarushanwa ya Tennis akomeje kubera i Rio, ashingiye ku mikinire yagaragaje yanahise imwinjiza mu kiciro cya kabiri ubwo yasezereraga Gilles Simon,Thomas Belluci na David Goffin yeruriye itangazamakuru ko bimuha ikizere cyo kuzegukana umudali wa Zahabu. Nadal atangaje ibi nyuma y’aho atsinze mu mikino 3 ya Tennis mu bagabo yikurikiranya na mugenzi […]

Jean-Baptiste Mugimba wahoze ari umunyamabanga wa CDR arasaba kutoherezwa mu Rwanda

Jean-Baptiste Mugimba uregwa ibyaha bya jenoside n’ iby’ intambara yanditse ibaruwa ifunguye yerekana impungenge afite zo koherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda. Muri iyi baruwa Mugimba yageneye kopi Minisitiri w’ Umutekano n’ Ubutabera w’ u Buholande, Gerard Adriaan « Ard » van der Steur amusaba ko yatesha agaciro icyifuzo cya Leta y’ u Rwanda cyo kumwohereza kuburanishirizwa […]

Abanyamakuru bo mu Rwanda mu nzira zo gushinga ikigo cy’imari

Abanyamakuru bo mu Rwanda barateganya gushinga ikigo cy’imari iciriritse kizajya kibafasha mu kwiteza imbere nk’uko byemerejwe mu nteko rusange y’Itorero ry’Abanyamakuru “Impamyabigwi” yateraniye i Kigali. Umwe mu banyamakuru bagize igitekerezo cyo gutangiza “Impamyabigwi Development Fund”, Rene Anthere Rwanyange, yasobanuriye abagize inteko rusange i (Abatoza b’intore z’abanyamakuru) batangiye ari abanyamakuru 30 ariko bakaba bafite gahunda yo […]

Ubusobanuro 10 bw’ inyito, Imana

Mu Kinyarwanda ijambo Imana rikunda kugaruka cyane mu biganiro by’abakoresha urwo rurimi ku buryo ku bantu bamaze gucengerwa n’imyizerere y’abakirisitu kubahiriza itegeko rya gatatu ribuzanya kuvugira ubusa izina ry’Imana ubusa cyangwa mu biganiro bikunda kuranga ubuzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda. Gusa ababibona gutyo babiterwa no kutamenya ko ijambo dufite mu Kinyarwanda cy’ubu ari umwe mu […]

Bosenibamwe yasabye ko inka zanyerejwe n'izahawe abatazigenewe zigaruzwa byihuse

Guverineri w’intara y’Amajyaruguruguru, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kugaruza inka zanyerejwe muri gahunda ya ‘Girinka Munyarwanda’ n’izahawe abo zitari zigenewe bitarenze mu Ukuboza k’uyu mwaka. Guverineri Aime Bosenibamwe yatangaje ibi yibaza n’impamvu umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ukomeje kuba mucye, akaba anenga abayobozi bo mu nzego z’ibanze badafata iya mbere ngo bumve ko bagomba kugira uruhare […]

Imbaga y’abaturage yaje gushyigikira Gen. Kayihura ku rukiko yaganjije abashyigikiye Besigye

Imbaga y’abaturage ishyigikiye umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura, yazindukiye ku Rukiko Rukuru rwa Makindye ije kumushyigikira, ivuga ko umukuru w’igipolisi bakwiye kumureka agakomeza gukora akazi ko gutuma amategeko yubahirizwa mu gihugu. Kuri uyu wa Gatatu bikaba byari biteganyijwe ko Kayihura yitaba urukiko akisobanura ku byaha bishinjwa igipolisi akuriye. Ni mu gihe kandi abashyigikiye […]

“Imitegurire ya Salax Award irafutamye, ihabanye kure n’ibyo umuhanzi aba ayitezeho” – Uncle Austin

Nyuma y’uko hasohokeye abazahatanira ibihembo bimenyerewe nka Salax Award, Uncle Austin yagaragaje isura abonamo abategura iri rushanwa. Umuririmbyi mu njyana ya Afrobeat Luwano Tosh uzwi ku izina ry’ubuhanzi Uncle Austin, yatunze agatoki abashinzwe imitegurire y’ibihembo bya Salax Awards agaragaza ubuswa bategurana iri rushanwa, nyuma yo kutagaragara ku rutonde rw’abazahataniro ibyo bihembo mu byiciro bitandukanye. Uyu […]

Leta ya Pierre Nkurunziza yatangiye gushishikariza Imbonerakure gushotora u Rwanda

Ku bw’ ibibazo by’ ingutu kandi bikomeye, Leta y’ u Burundi yatangiye gushishikariza umutwe w’ Imbonerakure gushotora u Rwanda mu buryo bwose bushoboka ku mipaka y’ ibihugu byombi. Guharabika Perezida Paul Kagame , guhohotera abanyarwanda b’ inzirakarengane ndetse no gutuka ingabo z’ u Rwanda biciye mu myigaragambyo yateguwe ni bimwe mu bimenyetso simusiga byagiye bigaragara. […]

Hizihijwe isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye hagati y’Intara ya Castre n’Umurenge wa Huye

Mu Murenge wa Huye ho mu karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo bijihije isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye bw’Intara ya Castre mu Bufaransa n’Umurenge wa Huye. Ubu bufatanye bwatangijwe mu mwaka w’1986, bwari hagati y’iyi Ntara yo mu Bufaransa, n’ahahoze ari muri Komini Huye, Perefegitura ya Butare. Bwari bugamije guteza imbere ubuhinzi, imyuga n’uburezi ku mpande […]

DRC: Intumwa y’ umuryango HRW yimwe ibyangombwa ihatirwa gutaha

Ida Sawyer, intumwa y’Umuryango Mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch/HRW) yahatiwe kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’aho uruhushya rumwemerera kuhaba (Visa) ruteshejwe agaciro mu kwezi gushize. Ida Sawyer yahagurutse muri RDC kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’imyaka umunani yari amaze ahagarariye uwo muryango muri icyo gihugu nk’uko radiyo mpuzamahanga […]

NYABIHU: Urubyiruko rwaganirijwe ku icuruzwa ry’abantu

Ku itariki ya 8 Kanama, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu yaganirije urubyiruko rugera kuri 200 rwo mu mirenge ya Jomba na Mulinga ku cyaha cy’ icuruzwa ry’abantu, uko gikorwa, uko bakwirinda n’ingamba Polisi y’u Rwanda yashyizeho mu mukurwanya icyo cyaha. Umupolisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamijwe gukumira ibyaha (DCLO) muri […]

Ibihe byiza Justin Bieber yagiranye n’umukunzi we ku birwa bya Hawaii byamwunguye ibitekerezo

Justin Bieber n’inshuti ye Sahara Ray bagaragaye ku birwa bya Hawaii bambaye ubusa,Bieber afata icyemezo cyo kuzahakodesha ibyumweru 2. Nyuma y’aho Justin Bieber atandukanye na Selena Gomez akagaragara yahuje urugwiro na Katy Perry, kuri ubu acuditse bikomeye n’umunyamideli Sahara Ray ukomoka muri Australia bagirana ibihe byiza ku birwa bya Hawaii bambaye ubusa. Nk’uko bigaragara ku […]

Icyo u Burundi bwitaga kurinda abanyagihugu inzara kibasigiye ubukene n’igihombo

Bamwe mu baturage bo mu gihugu cy’u Burundi mu ntara ya Cibitoke bakora ubucuruzi bw’imbuto n’imboga babukoreraga mu Rwanda bakomeje kugerwaho n’ingaruka zikomeye zirimo kubora kw’imbuto kubera ibura ry’abakiriya, no kugurisha ku giciro kitagira icyo cyabamarira. Nisabwe Generose usanzwe akora umwuga w’ubuhinzi bw’inyanya, ibitunguru n’imboga zitandukanye akanabicuruza; yatangarije Theeasafrican ko ibicuruzwa byatangiye kumuboreraho nyuma y’icyemezo […]

Abafite ubumuga mu Rwanda bagiye koroherezwa mu kubona imirimo

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu Dr. Mukabaramba Alivera yabivuze Leta y’u Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo. Ibi yabivuze mu nama yahuje abahagarariye abafite ubumuga bo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kanama 2016.Yagize ati […]

Gatsibo: Abaturage n’ubuyobozi ntibavuga rumwe ku nyamanswa ziva muri pariki zikabonera

Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo begereye Pariki y’Akagera bakomeje kuvuga ko barembejwe n’inyamanswa ziganjemo imvubu zibonera imyaka, mu gihe ubuyobozi bushinzwe ubukerarugendo mu Kigo cy’igihugu cy’iterambere buvuga ko buri gushaka uko bwakemura iki kibazo. Abaturage baturiye Pariki y’Akagera bavuga ko barembejwe n’inyamanswa zibonera imyaka ndetse zikanabatera ubwoba kuko zibasanga mu ngo zabo, bagasaba ababishinzwe […]

Olempike:Umukinnyi w’iteramakofe yatawe muri yombi akurikiranyweho gufata ku ngufu

Umukinnyi ukomeye mu mukino w’iteramakofe muri Namibia yatawe muri yombi akurikiranyweho gufata ku ngufu umwe mu bakozi bita ku bitabiriye imikino olempike irimo kubera muri Brasil mu mujyi wa Rio De Janeiro. Jonas Junias w’imyaka 22 y’amavuko waje ahagarariye igihugu cye cya Namibia, yafunzwe na Polisi yo muri Brasil nyuma yo gukekwaho ko yafashe ku […]

Abahanga batangaje impamvu amafi yo mu Kiyaga cya Tanganyika yagabanyutse

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko ifi zagabanyutse mu Kiyaga cya Tanganyika kimwe no mu biyaga bikomeye byabagamo amafi kwatewe n’ubwiyongere bw’ubushyuhe mu kinyejana gishize. Ikiyaga cya Tanganyika nicyo kiyaga kinini muri Afurika cyavagamo amafi zatungaga na benshi mu bihugu bigituriye, ariko biravugwa ko umubare w’amafi wagabanyutse cyane kandi abarobyi badasiba kwiyongera. Uku kwiyongera kw’abarobyi rero kukaba […]

Uganda: Umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura mu rukiko

Dr Kiiza Besigye yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu azaba yibereye mu Rukiko Rukuru rwa Makindye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu aho umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura yatumijwe ngo yisobanure ku byaha by’iyicarubozo no gukubita igipolisi ayoboye gishinjwa gukorera abayoboke be, ubwo yafungurwaga avuye muri gereza mu kwezi gushize. Besigye kandi yahamagariye Abagande […]

Dore inama wakurikiza ugacika burundu ku ngeso yo kuryamira

Kuryamira ni kimwe mu mizigo iremereye ibangamira iterambere rya Sosiyete by’umwihariko urugo runaka, bikaba bikunze guterwa n’ubunebwe . Hari inama uwokamwe n’iyo ngeso yakurikiza akisanga ari we utanga inama n’ibitekerezo by’uko yigobotoye iyo ngoyi maze akibona mu iterambere umusaruro ukiyongera. 1.Gukora imyitozo ngororamubiri Ushobora kuba ukunda kwirukanka, ukunda gusimbuka umugozi, ukunda kwigorora cyangwa se indi […]

Brian Deacon wakinnye Filimi ya Yesu ababazwa no kuba babitiranya

Brian Deacon umukinnyi ukomeye wa Filimi akomeje gufatwa na bamwe ko ari we Yesu Kristo intumwa y’Imana bihabanye n’ubuzima bwite bwa Deacon wagaragaye akina ubuzima Yesu yabayemo mu Isi. Brian Deacon, umukinnyi w’umuhanga mu by’amafilimi yavutse tariki 13 Gashyantare mu 1949, yavukiye mu gihugu cy’u Bwongereza yashakanye n’uwitwa Lura Lenska aho bamaranye imyaka isaga10 kuva […]

EXPO yongerewe umunsi mu rwego rwo kugerageza uko yazongererwa iminsi yamaraga

Urugaga rw’abikorera mu Rwanda ruratangaza ko rwongereyeho umunsi umwe ku gihe Imurikagurisha rya 2016 ryari kuzamara, aho biteganyijwe ko rizasoza kuwa 11 Kanama 2016 aho kuba ku itariki 10 Kanama. Umuyobozi mukuru w’Urugaga rw’Abikorera (PSF), Ruzibiza Steven, yatangaje ko uyu munsi umwe wongereweho mu rwego rwo kugerageza ko imurikagurisha ryajya rimara iminsi irenze ibyumweru bibiri […]

Kenya: Ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo yabateye ibyuma Umushinwakazi ahasiga ubuzima

Ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo kuri Keekorok Lodge muri pariki yo mu gihugu cya Kenya yitwa Maasai Mara National Reserve, mu ijoro ryakeye yateye icyuma ba mukerarugendo b’Abashinwa umwe ahasiga ubuzima. Uyu muntu ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo na mukerarugendo w’Umushinwa wari uri kumwe n’umugore we, ngo babanje kujya impaka bapfa ameza yo kuriraho, aho uyu munyakenya […]

Burundi :Umunyamakuru washimutswe ashobora kuba yarishwe

Abanyamakuru bakorera ikinyamakuru” IWACU” bakomeje gutekereza ko mugenzi wabo Jean Bigirimana washimutswe ashobora kuba yarishwe n’ inzego z’ ubutasi za Leta y’ u Burundi(SNR). Uyu munyamakuru Jean Bigirimana ukorera Ikinyamakuru cyigenga yashimutswe taliki ya 22 Nyakanga 2016 , kuva icyo gihe cyose polisi yakomeje ivuga ko itegeze imuta muri yombi mu gihe hari abantu bemeza […]

Ubushinjacyaha ntiburamenya uko uwari umuyobozi wa RSSB yahanaguweho ibyaha

Kantengwa Angelique wahoze ari umuyobozi w’Ikigo cy’Ubwiteganyirize bw’abakozi mu Rwanda (RSSB) yagizwe umwere ku byaha byose yari akurikiranweho, ubushinjacyaha bukavuga ko bugiye gusesengura uko yagizwe umwere. Kantengwa Angelique yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu muri Nzeri 2014, akurikiranweho ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo wa Leta, gutonesha ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo butemewe […]

Iperereza: Guy Artiges yerekanye ko FPR/Inkontanyi idafite uruhare mu rupfu rwa Habyalimana

Binyuranyije n’ umucamanza Jean-Louis BruguiĂšre na bagenzi be, umujandarume w’ Umubiligi Guy Artiges mu iperereza yakoze yahuye n’ abatangabuhamya batandukanye kandi benshi bari mu gisirikare no mu buyobozi bwo ku gihe cya Perezida Habyarimana, bagiye bamutangariza ko mbere y’uko indege ya Perezida ihanurwa abasirikare n’abajandarume babwiraga abantu ko hashobora kuba ikintu gikomeye ndetse biteguye bikomeye. […]

Ubukwe bw’umunyamakuru Itangishatse na Nishimwe bwabaye indorerwamo ya bagenzi be- AMAFOTO

Umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru (Chief Editor) wa Bwiza.com , Itangishatse Theoneste, mu mpera z’icyumweru gishize nibwo yarushinganye n’umukunzi we Nishimwe Devotha bari bamaranye igihe kitari gito bakundana. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Itangishatse Theoneste avuga ko ubu bukwe iri imwe mu ntambwe ateye mu buzima bwe atazibagirwa na gato .iyi ntambwe kandi ikaba yarabaye ikitegererezo ku bandi banyamakuru […]

EALA mu iperereza ku cyemezo cy’u Burundi cyo guhagarika ubuhahirane n’u Rwanda

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba irateganya gutangiza iperereza ryigenga ku cyemezo guverinoma y’u Burundi iherutse gufata cyo guhagarika ubuhahirane n’u Rwanda. Ibizava muri iri perereza bikaba bizamenyesha iyi nteko n’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango umwanzuro wafatwa kuri iki kibazo. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’umuyobozi wa EALA, Daniel Kidega, nyuma y’inama yagiranye […]

Twiteguye kuganira na NRM ariko ku kuva ku butegetsi kwayo — Dr Kiiza Besigye

Nyuma yo gutangaza ko nta biganiro ashobora kugirana na perezida Museveni mu minsi ishize, ubu noneho Dr Kiiza Besigye yatangaje ko we n’ishyaka rye, FDC, biteguye kugirana ibiganiro n’ishyaka riri ku butegetsi ariko ku kuntu ryava ku butegetsi mu mahoro kuko ngo batigeze batsinda amatora yo mu 2016 ahubwo ari we wayatsinze. “Ntabwo turwanya kuvugana […]

Gatsibo: Abayobozi b’imisigiti y’abayisilamu barasabwa ubufatanye mu gukumira ibyaha

Ubu butumwa bwahawe abayobozi b’imisigiti y’abayisilamu bose hamwe uko ari 195 bo mu karere ka Gatsibo tariki ya 7 Kanama 2016 mu murenge wa Kiramuruzi, mu nama bagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ndetse n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo. Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Bwana Gasana Richard, yashimiye ubufatanye buri hagati y’akarere ndetse n’abayisilamu […]