Mu Burusiya: Abarenga 1300 bamaganye icyemezo cya Putin batawe muri yombi

Abantu 1307 mu Burusiya bamaze gutabwa muri yombi bazira kujya mu myigaragambyo yamagana icyemezo cy’Umukuru w’Igihugu, Perezida Vladimir Putin, cyo kohereza inkeragutabara muri Ukraine. Abatawe muri yombi bemeranya n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi byamagana ibitero by’u Burusiya muri Ukraine, bisobanura ko ari ubushotoranyi, aho bisaba ko Perezida Putin yahagarika iyi ntambara igiye kumara amezi 7. […]

NESA ivuga ko igihe amanota y’ibizamini bya Leta azasohokera kizamenyekana bitarambiranye

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, NESA, cyatangaje ko igihe amanota y’abakoze ibizamini bya Leta kizamenyekana mu gihe kitarambiranye. Ni nyuma y’ibihuha bikomeje gukwirakwizwa bivuga ku itangazwa ry’aya manota, birimo ibyavugaga ko arasohoka saa yine n’igice z’amanywa y’uyu wa 22 Nzeri 2022. Mu itangazo ishyize hanze mu kanya gashize, NESA yavuze ko aya makuru n’andi […]

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeranyije ko ibikorwa bya FDLR na M23 bigomba guhagarara

Bemeranyije ko ibikorwa bya FDLR na M23 bihagarara

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) na Emmanuel Macron w’u Bufaransa bemeranyije ko ibikorwa by’umutwe witwaje intwaro wa FDLR na M23 bigomba guhagarara. Ni umwe mu myanzuro bafatiye mu kiganiro bahuriyemo i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuri uyu wa 21 Nzeri 2022, aho […]

Amafoto: Colonel Doumbouya yasuye mugenzi we uyobora Mali

Col. Doumbouya aganira na mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali

Perezida w’inzibacyuho wa Guinea, Colonel Mamady Doumbouya yasuye mugenzi we uyobora inzibacyuho ya Mali, Colonel Assimi GoĂŻta muri gahunda y’uruzinduko rwo gushimangira ubucuti. Ibiro bya Perezida wa Mali kuri uyu wa 21 Nzeri 2022 byatangaje iby’uru ruzinduko biti: “Perezida w’inzibacyuho, Nyakubahwa Col. Assimi GoĂŻta yakiriye kuri uyu wa Gatatu Perezida w’inzibacyuho wa Guinea, Col. Mamady […]

Arusha: Abadepite bo mu ishyaka rya Odinga bibasiye Museveni batangiye kuburanishwa

Urukiko rw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ruri i Arusha muri Tanzania, EACJ, kuri uyu wa 20 Nzeri 2022 rwatangiye kuburanisha abadepite bahagarariye ishyaka ODM rya Raila Odinga mu nteko ishinga amategeko ya Kenya, bigeze kwibasira ubutegetsi bwa Uganda. Muri Kanama 2021, ubwo uruzinduko rwa Dr William Ruto wari Visi Perezida wa Kenya muri Uganda rwaburizwagamo, abadepite […]

New York: Tshisekedi yagaragaje ko FDLR itakiri ikibazo ku Rwanda

Tshisekedi yatangaje ko FDLR ari baringa

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo yatangarije abitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN) i New York ko umutwe witwaje intwaro wa FDLR utakiri ikibazo ku Rwanda. Ni nyuma yo gushinja u Rwanda kugaba ibitero mu gihugu cye, ngo rwitwikiriye umutwe yise uw’iterabwoba wa M23 umaze amezi atatu ufashe umujyi wa […]

Hahishuwe icyatumye Dr Mpabwanamaguru avugwa muri dosiye ya Bamporiki

Mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, kuri uyu wa 21 Nzeri 2022 hahishuwe icyatumye umuyobozi wungirije w’umujyi wa Kigali ushinzwe imyubakire, Dr Merard Mpabwanamaguru, avugwa muri dosiye ya Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco. Bamporiki yasubiye muri uru rukiko kugira ngo atangire kuburanishwa mu mizi icyaha cyo kwakira indonke no gukoresha ububasha […]

Lt Gen. PhilĂ©mon Yav akekwaho gukorana n’igihangange cyo hanze

Lieutenant General PhilĂ©mon Yav Irung usanzwe ari komanda w’ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, amaze iminsi ibiri muri gereza nkuru ya Makala. Amakuru y’ibanze yagiye hanze nyuma y’amasaha make atawe muri yombi n’urwego rushinzwe ubutasi, yavugaga ko akurikiranweho ubugambanyi bukomeye no gushaka guhirika ubutegetsi buriho. Andi makuru avuga […]

Depite Babu Owino yatangaje ko Visi Perezida wa Kenya agaragara nka Mudugudu

Gacagua yahawe izina ry'akabyiniriro rya Riggy G

Umudepite uhagarariye agace ka Embakasi East mu nteko ishinga amategeko ya Kenya, Babu Owine, yatangaje ko Visi Perezida w’iki gihugu, Rigathi Gachagua, agaragara nk’umuyobozi w’umudugudu. Yabitangarije umunyamakuru Vincent Mboya mu kiganiro bagiranye kuri uyu wa 19 Nzeri 2022, ubwo yamubazaga ku buryo abonamo Rigathi wasekeje abitabiriye umuhango w’irahira ry’Umukuru w’Igihugu, asubirishwamo indahiro. Uyu mudepite yagize […]

Goma: Byemejwe ko General Tshinkobo yishwe n’uburozi, Colonel ukekwa atabwa muri yombi

Ibizamini byafashwe n’umuganga wa Leta ukorera mu bitaro bya kaminua ya Bukavu, Prof. Alumeti Munyali DĂ©sirĂ©, byagaragaje ko Brigadier General Ghislain Tshinkobo Mulamba uherutse gupfira mu mujyi wa Goma yishwe n’uburozi bukaze. Brig. Gen. Tshinkobo wari komanda w’akarere ka 34 ka gisirikare gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yapfuye tariki ya 16 Kanama 2022. Amakuru […]

Leta ya Uganda yemeje ko hongeye kuboneka Ebola

Minisiteri y’ubuzima ya Uganda kuri uyu wa 20 Nzeri 2022 yatangaje ko muri iki gihugu hongeye kuboneka umurwayi w’icyorezo cya Ebola. Iyi Minisiteri yasobanuye ko uyu murwayi yabonetse mu karere ka Mubende, ndetse ngo yamaze gupfa. Iti: “Uganda iremeza icyorezo cya Ebola mu karere ka Mubende. Umurwayi wabonetse ni umugabo w’imyaka 24 y’amavuko. Yagaragaje ibimenyetso, […]

Lt Gen. Yav Philémon wari warahigiye kurandura M23 yatawe muri yombi

Lieutenant General PhilĂ©mon Yav Irung wari uherutse gusaba Leta ya Uganda gufasha Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kurandura umutwe witwaje intwaro wa M23, yaraye atawe muri yombi. Amakuru aturuka mu banyamakuru bo muri RDC avuga ko Gen. Yav usanzwe ari komanda wa zone ya 3 y’igisirikare cy’igihugu n’ibikorwa by’igisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru […]

Cyamunara y’inzu ya Frw miliyoni 16 yari igiye kuba kubera umwenda wa Frw 68.000 yaburijwemo

Abayobozi bo mu karere ka Muhanga ku bufatanye n’abahagarariye urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 19 Nzeri 2022 baburijemo cyamunara yari igiye kuba y’inzu ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 16 kubera umwenda w’ibihumbi 68. Iyi nzu ya Minani ThĂ©oneste na Murekasenge Denyse babyaranye abana 8 iherereye mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Shyogwe. […]

Perezida Ndayishimiye yakomeje kugirira icyizere Maj. Gen. Nduwumunsi na Col. Nzigamasabo

Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yakomeje kugirira icyizere Major General Nduwumunsi Audace na Colonel Nzigamasabo Corneille basanzwe ari abayobozi muri Minisiteri y’ingabo n’abahoze mu ngabo. Nk’uko bigaragara muri kopi y’icyemezo Perezida Ndayishimiye yashyizeho umukono tariki ya 16 Nzeri 2022, Maj. Gen. Nduwumunsi yagumye ku mwanya w’umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri. Col. Nzigamasabo na […]

U Burundi bwamaganye uburyo ingoma zabwo zakoreshejwe mu gitaramo cyabereye muri Uganda

Uwabishakaga, yahawe rugari azikoresha uko ashaka

Guverinoma y’u Burundi yamaganye uburyo ingoma ndangamuco zayo zakoreshejwe mu gitaramo cyitwa Nyege Nyege cyabereye muri Uganda mu mpera z’icyumweru gishize. Minisiteri y’u Burundi ishinzwe ibikorwa bya EAC, urubyiruko n’umuco kuri uyu wa 18 Nzeri 2022 yatangaje ko yakurikiranye uburyo izi ngoma zakoreshejwe muri iki gitaramo kandi ngo ntizihanganira abakoresha nabi imigenzo y’u Burundi. Yagize […]

Umukuru wa UN yashimangiye ko M23 ifite ibikoresho bihambaye kurusha MONUSCO

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yashimangiye ko umutwe witwaje intwaro wa M23 ufite ibikoresho bihambaye kurusha ingabo z’uyu muryango ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO. Guterres yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa France 24 n’uwa radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, kuri uyu wa 18 Nzeri 2022. Abajijwe ku myigaragambyo […]

Urubanza rwa Bamporiki rutabaye, Ndimbati wasabiwe gufungwa imyaka 25 n’amafaranga y’ishuri yagabanyijwe: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 12 Nzeri 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zitandukanye, zirebana n’ubutabera, imibereho y’abaturage ndetse n’imyidagaduro. Harimo ko: Ndimbati yasabiwe gufungwa imyaka 25 Ubushinjacyaha tariki ya 13 Nzeri bwasabiye umunyarwenya Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati guhamywa icyaha cyo gusambanya umwana no kumusindisha, rukamukatira igifungo cy’imyaka 25. Ni mu gihe Ndimbati yatangiraga kuburana […]

REG BBC yegukanye igikombe cya shampiyona irusha Patriots

REG BBC yongeye kwegukana igikombe cya shampiyona

REG BBC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda ya Basketball, irusha Patriots BBC nyuma y’imikino itanu amakipe yombi agundagurana. Mu mikino ine ya kamarampaka, buri kipe yatsinze imikino ibiri, biba ngombwa ko hitabazwa umukino wa gatanu wabaye kuri uyu wa 18 Nzeri 2022. Uyu mukino wa nyuma REG yawutsinze ku manota 84 kuri 74 ya […]

General Badi abona kuyobora Nairobi bigoye kurusha kuyobora ingabo ziri ku rugamba

Lieutenant General Mohammed Badi uyobora urwego rushinzwe ibikorwa by’iterambere mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, yatangaje ko kuwuyobora bigoye kurusha kuyobora ingabo ziri ku rugamba. Ubwo yari mu nama kuri Ambasade y’u Buhinde kuri uyu wa 17 Nzeri 2022 nk’uko ikinyamakuru Kenyans cyabitangaje, Gen. Badi yasobanuye ko akurikije uko yayoboye ingabo zari mu butumwa bw’amahoro […]

Zelensky yifurije ingabo z’u Burusiya kuruhuka

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, abona yarabujije ingabo z’u Burusiya amahwemo ku buryo azifuriza guhagarika intambara zashoje ku gihugu cyabo, zikaruhuka. Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, cyabereye mu biro bye ku wa 16 Nzeri 2022. Iki kiganiro cyabaye nyuma y’aho ingabo za Ukraine zimaze iminsi zisubiza tumwe mu duce […]

Urubyiruko rurenga ibihumbi 18 rugiye kwinjizwa muri FARDC

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo iherutse kwemeza umushinga wo kuvugurura igisirikare cy’igihugu, FARDC, aho urubyiruko 18,200 ruzinjizwamo hagati y’umwaka w’2022 n’2025. Uyu mushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa muri Kanama 2022, uzaba urimo kongerera ubushobozi FARDC mu bijyanye n’ibikoresho ndetse n’ubumenyi, ku buryo izashobora kurinda umutekano w’igihugu. Hateganyikwe kubaka ibigo birimo ishuri rikuru rizajya […]

Mu Bubiligi: Abacamanza 55 bafunzwe kugira ngo basogongere ku mibereho y’imfungwa

Abacamanza 55 bo mu Bubiligi bafungiwe muri gereza yo mu murwa mukuru, Bruxelles, guhera kuri uyu wa 17 kugeza kuri uyu wa 18 Nzeri 2022 kugira ngo basogongere ku mibereho y’imfungwa n’abagororwa. Leta y’u Bubiligi, nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abafaransa bwabitangaje, yasobanuye ko aba bacamanza b’abakorerabushake, bafungiwe muri gereza nshya ya Haren kuva saa tatu z’igitondo, […]

Kasuku yavuze ko ‘ya videwo’ y’umuhanzi Bwiza ishobora kuba ihari cyangwa idahari

Kasuku cyangwa Jay Squeezer umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko amashusho byahwihwishwe ko agaragaza umuhanzi Bwiza EmĂ©rance asambana, ashobora kuba ahari cyangwa adahari. Kasuku aherutse gutangaza ko ashobora gushyira ku karubanda amashusho agaragaza uyu muhanzi asambana, Bwiza amusubiza ko nta mafaranga ateze kumuha, bityo ngo akore icyo ashaka. Ikinyamakuru BWIZA cyagiranye ikiganiro n’uyu muhanzi, kimubaza […]

Goma: Hari gutegurwa ibiro bikuru by’ingabo za EAC

Ibirango bya EAC n'amabendera y'ibihugu biyigize byamaze gushyirwaho

Mu mujyi wa Goma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) hari gutegurwa ibiro bikuru by’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba, EAC, zizajyayo kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Ibi biro biri mu igorofa byamaze gushyirwaho ibirango bya EAC, amabendera y’ibihugu bigize uyu muryango byose uko ari 7: RDC, u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania, […]

Papa Francis yatangaje igihe ashobora kugerera mu burasirazuba bwa RDC

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje igihe ashobora kugerera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Papa Francis yabimenyesheje abanyamakuru kuri uyu wa 15 Nzeri 2022 ubwo yari avuye mu ruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga muri Kazakhstan. Abajijwe ku nzinduko ateganya mu gihe kiri imbere, yasubije ko mu Gushyingo 2022 azajya muri Bahrain, […]

Uburayi bwitambitse umushinga wa Uganda na Tanzania wo kubaka umuyoboro wa peteroli

Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yasabye Uganda na Tanzania guhagarika iyubakwa ry’umuyoboro mugari w’ibikomoka kuri peteroli uhuza ibi bihugu. Abagize iyi nteko bateranye kuri uyu wa 15 Nzeri 2022, basobanuye ko uyu mushinga wagizwemo uruhare n’abakuru b’ibihugu byombi ubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu kandi ngo ushyira mu kaga ibidukikije. Baboneyeho gusaba ibihugu bigize EU kudaha […]

USA yashimiye Perezida Ruto kuba yahaye Kenyatta inshingano

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zashimiye Perezida mushya wa Kenya, Dr William Ruto, kuba yahaye Uhuru Kenyatta yasimbuye inshingano yo kuyobora ibiganiro by’amahoro mu karere. Tariki ya 13 Nzeri 2022 ubwo yari amaze kurahirira kuyobora Kenya, Perezida Ruto yatangaje ko yasabye Kenyatta gukomeza kuyobora ibiganiro by’amahoro muri Ethiopia no mu karere k’ibiyaga bigari, na […]

Ukraine: Bobi Wine yageze mu gace ka Bucha kagabweho ibitero bikomeye

Bobi Wine yageze ku ntwaro z'u Burusiya zatwitswe

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu, Bobi Wine, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yageze mu gace ka Bucha muri Ukraine kagabweho ibitero bikomeye n’ingabo z’u Burusiya. Ibitero muri aka gace byabaye muri Werurwe 2022. Ubwo ingabo z’u Burusiya zagasohokagamo, hashyizwe hanze amafoto n’amashusho bigaragaza imirambo myinshi y’abasivili bishwe yari irambaraye mu mihanda yaho ndetse n’ibikorwaremezo byatwitswe. Ni […]

Meya wa Gasabo avuga ko buri wese utuye Bannyahe aragira ubushake bwo kwimukira mu Busanza

Umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Gasabo, Umwali Pauline, avuga ko buri wese utuye mu gace ka Bannyahe aragira ubushake bwo kwimukira mu nyubako ziri mu Busanza. Nyuma y’igihe abanze kwimukira mu Busanza batumvikana n’abayobozi mu mujyi wa Kigali no muri guverinoma, mu gace ka Bannyahe kuri uyu wa 15 Nzeri 2022 hagaragaye abo mu nzego zishinzwe […]

Umuhanzikazi Bwiza yatangaje ko amashusho bihwihwiswa ko amugaragaza asambana ‘atabaho’

Umuhanzikazi Bwiza ahamya ko aya mashusho atabaho

Umuhanzikazi Bwiza EmĂ©rance uri mu bakunzwe mu Rwanda yatangaje ko amashusho byahwihwishwe ku mbuga nkoranyambaga ko amugaragaza asambana atabaho, ayagereranya n’inkuru ishushanyije. Uwitwa Kasuku cyangwa Jay Squeezer umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga, yatangarije kuri Instagram ko afite amashusho agaragaza uyu muhanzikazi asambana, amumenyesha ko ashobora kuyashyira ku karubanda. Uyu muhanzikazi na we yaje gutangariza ku mbuga […]

Nawe wahawe urubuga ngo wihanganishe umuryango w’Umwamikazi Elizabeth II

Umuryango wo mu bwami bw’u Bwongereza wamenyesheje buri wese ko hari uburyo bwo kohereza ubutumwa bwo kuwihanganisha, mu gihe uri mu kiriyo cy’itanga ry’umwamikazi Elizabeth II. Itangazo washyize kuri Twitter rirabisobanura riti: “Aho uri hose ku Isi, ushobora kohereza ubutumwa bwo kwihanganisha mu rwego rwo kwibuka nyakubahwa Umwamikazi ku rubuga rwacu.” Ukigera ku rubuga, ubona […]

Leta ya Kenya igiye kubazwa impamvu yaburijemo uruzinduko rwa Perezida Ruto

Urukiko rw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ruzwi nka EACJ rwatumijeho intumwa nkuru ya Leta ya Kenya, Paul Kihara Kairuki, kugira ngo asobanure impamvu uruzinduko Perezida William Ruto yagombaga kugirira muri Uganda mu mwaka ushize rwaburijwemo. Umwanditsi wungirije w’uru rukiko, Christine Mutimura Wekesa, yamenyesheje Kihara ko Leta ya Kenya igomba kwisobanura tariki ya 20 Nzeri 2022, kandi […]

Depite Mukabunani yemeza ko Leta yagize intege nke mu gukemura ikibazo cya Bannyahe

Umudepite uhagarariye ishyaka PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Mukabunani Christine, avuga ko Leta yagize intege nke mu gukemura ikibazo cy’abatuye mu gace kitwa Bannyahe, akagari ka Nyarutarama, umurenge wa Remera, banze kwimukira mu nyubako zubatswe mu Busanza. Hashize igihe kinini abaturage bamwe banze kujya mu nyubako zo mu Busanza batumvikana n’ubuyobozi bw’umujyi […]

Abayobozi bo mu Burusiya barenga 10 barimo abadepite batangije ubukangurambaga busaba Putin kwegura

Abayobozi mu nzego z’ibanze 19 bo mu Burusiya barimo abadepite nka Ksenia Torstrem uhagarariye akarere ka St Petersburg batangije ubukangurambaga busaba Perezida w’iki gihugu, kwegura ku nshingano ye. Ubu bukangurambaga bwatangajwe ku wa 12 Nzeri 2022 mu buryo bwo gusaba (petition), bwamagana intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine bitegetswe na Perezida Putin, bityo ngo akwiye […]

Nta shuri ryisumbuye rya Leta ricyemerewe kwishyuza arenga Frw 85000 ku gihembwe

Iyi mbonerahamwe igaragaza amafaranga y'ishuri n'ibikoresho bigomba gutangwa n'umubyeyi

Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho ibiciro ntarengwa by’amafaranga yishyurwa ku gihembwe mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yaba aya Leta cyangwa aterwa inkunga na Leta. Minisitiri w’uburezi, Dr Valentine Uwamariya, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 14 Nzeri 2022, yasobanuye ko mu mashuri yisumbuye, nta ryemerewe kwishyuza amafaranga y’u Rwanda arenga 85000 ku biga badataha, ku […]

Gen. Ndima yatangaje ko FARDC iri mu nzira yo kwambura M23 Bunagana

Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Lt Gen. Constant Ndima, yatangaje ko umujyi wa Bunagana ugomba kwamburwa umutwe witwaje intwaro wa M23 ku kiguzi icyo ari cyo cyose, kandi ngo biri mu nzira. Uyu musirikare yabimenyesheje abanyamakuru mu kiganiro cyabereye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 13 Nzeri 2022. Ati: “Tugiye […]

Mukuralinda yavuze uko yakiriye kumva umuturage amugereranya na Léon Mugesera

Umuvugizi wungirije wa guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yagize icyo avuga ku muturage wo mu gace ka Bannyahe mu kagari ka Nyarutarama mu karere ka Gasabo witwa Shikama Jean de Dieu wamugereranyije na LĂ©on Mugesera wakanguriye abaturage gukora jenoside. Shikama aherutse gukwirakwiza ijwi ku mbuga nkoranyambaga rumvikanamo amagambo arimo agira ati: “Nkimara kumva amagambo yavuzwe […]

Bobi Wine yageze muri Kyiv muri gahunda yo gushyigikira Ukraine

Bobi Wine avuga ko yagiye gushyigikira Ukraine

Umunyapolitiki wo muri Uganda utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye nka Bobi Wine, yageze mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, muri gahunda yo gushyigikira iki gihugu mu ntambara kirimo n’u Burusiya. Bobi Wine kuri uyu wa 13 Nzeri 2022 yatangaje ati: “Muri Kyiv-Ukraine kugaragaza ubufatanye n’abantu bo muri Ukraine n’ubuyobozi buhanganye n’urugomo no gufata […]

NIDA yasobanuye uko byagenze ngo indangamuntu igaragaze ko nyirayo yavutse mu mwaka w’5202

Abadepite bagize PAC basabye NIDA kwirengera amakosa yayo

Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu, NIDA, cyasobanuye uko byagenze ngo ku ikarita ndangamuntu igaragaze ko nyirayo yavutse mu mwaka w’5202 kandi utaragera. Iki ni kimwe mu bibazo iki kigo cyabajijwe n’abadepite bagize komisiyo y’ubugenzuzi, PAC, kuri uyu wa 13 Nzeri 2022, byari bishingiye ku makosa yagaragaye mu mikorere yacyo mu bihe byashize. Depite Murara Jean Damascene […]

Perezida Ruto yasabye Kenyatta kuyobora gahunda yo kugarura amahoro mu karere

Perezida mushya wa Kenya, Dr William Ruto, yasabye Uhuru Kenyatta yasimbuye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ko yakomeza kuyobora ibiganiro bigamije kugarura amahoro n’umutekano muri Ethiopia no mu karere k’ibiyaga bigari, na we arabimwemerera. Mu ijambo rye ryakurikiye umuhango wo kurahira no gushyikirizwa ububasha wabereye kuri sitade ya Kasarani kuri uyu wa 13 Nzeri 2022, Perezida […]

Burundi: Colonel Nyandwi yagizwe umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe

Colonel de Police Nyandwi Datus yagizwe umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe mushya w’u Burundi, Gervais Ndirakobuca. Ni icyemezo cyafashwe na Perezida Evariste Ndayishimiye kuri uyu wa 12 Nzeri 2022, kimenyeshwa Minisitiri w’Intebe. Kuri iyi nshingano, Col. Nyandwi azungirizwa na Prof. Nimubona FrĂ©dĂ©ric. Ubusanzwe Col. Nyandwi yari yungirije Ndirakobuca mu gihe yari Minisitiri w’umutekano w’imbere n’iterambere […]

Ndimbati yaburaniye muri gereza, asabirwa gufungwa imyaka 25

Ndimbati ubwo aheruka mu rukiko rw'ibanze

Umunyarwenya Uwihoreye Jean Bosco wamenyekanye nka Ndimbati Moustapha, kuri uyu wa 13 Nzeri 2022 yatangiye kuburana mu mizi ibyaha ashinjwa birimo gusambanya umwana n’icyo kumunywesha inzoga. Ni urubanza rwabereye mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ariko uyu mufungwa we aburanira muri gereza ya Nyarugenge afungiwemo akoresheje ikoranabuhanga rihuza amashusho. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Ndimbati […]

Colonel Damiba uyobora Burkina Faso yirukanye Minisitiri w’Ingabo, yiyemeza kwikorera inshingano zombi

Brig. Gen. Simporé wakuwe kuri iyi nshingano

Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Lt Col. Paul Henri Sandaogo Damiba yirukanye Minisitiri w’ingabo, Brig. Gen. AimĂ© BarthĂ©lemy SimporĂ©, yiyemeza kwikorera izi nshingano zombi. Nk’uko France 24 ibivuga, itangazo ryaturutse mu biro bya Perezida Damiba ryatambutse kuri televizi y’igihugu kuri uyu wa 12 Nzeri 2022, ryagize riti: “Perezida yafashe inshingano ya Minisitiri w’ingabo n’abahoze mu […]

Julius Malema yajyanye umuherwe mu rukiko nyuma y’aho amwise inyenzi

Julius Malema uyobora umuryango uhirimbanira ubwisanzure mu bukungu, EFF (Economic Freedom Fighters) yajyanye umuherwe Kenny Kunene mu rukiko rw’iwabo muri Afurika y’Epfo, nyuma y’aho amwise inyenzi. Kunene wungirije umuyobozi w’ishyaka PA (Patriotic Alliance) mu kiganiro yagiriye kuri televiziyo eNCA cyari cyerekeye amatora mu nzego z’ibanze yabaye mu mwaka ushize, yavuze ko agiye guhangana na Malema, […]

Burundi: Inzego z’umutekano zaba zategetswe kutemerera Bunyoni n’abandi baherutse kweguzwa gusohoka igihugu

Abashinzwe umutekano ku mipaka mu Burundi biravugwa ko bahawe amabwiriza yo kutemerera Alain-Guillaume Bunyoni n’abandi bayobozi baherutse kweguzwa gusohoka muri iki gihugu. Ikinyamakuru The East African kivuga ko aya makuru cyayahawe mu gihe bihwihwiswa ko Bunyoni yaba afite umugambi wo guhungira muri Tanzania bitewe n’uko ngo bashobora kugezwa mu butabera. Abagomba gukumirwa barimo: Bunyoni, ba […]

Umukuru w’Inteko y’u Burundi yateguje ko uzarwanya Perezida Ndayishimiye azahura n’umujinya w’Imana

Abitabiriye iri teraniro muri Eglise de Rocher

Umukuru w’inteko ishinga amategeko y’u Burundi, Gelase Daniel Ndabirabe, yateguje uwo ari we wese uzarwanya ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye ko azahura n’umujinya w’Imana. Ndabirabe yabivugiye mu iteraniro yitabiriye mu rusengero rwa Eglise de Rocher du Burundi kuri uyu wa 11 Nzeri 2022. Yafashe ijambo, asobanura gahunda Perezida Ndayishimiye afite ku butegetsi bwe zirimo: kurwanya […]

Lt Gen. Proscovia yahishuye uruhare rwe mu ifungwa rya Sipapa wiyitaga inshuti magara ya Museveni

Lieutenant General (Rtd) Proscovia Nalweyiso uherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, yahishuye uruhare yagize mu ifungwa rya Charles wamenyekanye nka Sipapa, watinywaga n’abo mu nzego z’umutekano kubera ko yababeshyaga ko ari inshuti magara ya Perezida Yoweri Museveni. Sipapa wakunze kugaragara afite imodoka zihenze cyane, amaze iminsi avugwa mu binyamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, ashinjwa ibikorwa by’urugomo […]

William Ruto: Nta shoramari rizongera gufungwa kubera kunanirwa kwishyura umusoro

Dr William Ruto ugiye kuba Perezida wa Kenya yatangaje ko ku buyobozi bwe nta muntu uzongera guhagarikirwa ishoramari rye (business) azira kunanirwa kwishyura imisoro. Uyu muyobozi wahoze ari Visi Perezida wa Kenya yabitangaje kuri uyu wa 11 Nzeri 2022, ubwo yasobanuraga ku mavugurura ateganya gukora mu rwego rw’ubukungu bw’igihugu. Ni mu gihe yari mu iteraniro […]

Lieutenant Niyonkuru watutse Ndayishimiye amuziza kwirukana Bunyoni arafunzwe

Umusirikare w’u Burundi ufite ipeti rya Lieutenant, Joseph Niyonkuru, arafunzwe azira kwandagaza Umukuru w’Igihugu, Evariste Ndayishimiye ngo kuko yirukanye Alain-Guillaume Bunyoni ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe. Amakuru aturuka mu Burundi avuga ko ubwo Bunyoni yasimbuzwaga Gervais Ndirakobuca tariki ya 9 Nzeri, Lt Niyonkuru yashyize ku mbuga nkoranyambaga ijwi ririmo ibitutsi byibasira Perezida Ndayishimiye. Uyu musirikare […]

Iraswa ry’umusore w’i Rubavu, ifungwa rya Irangabiye wabaga mu Rwanda n’itanga rya Elizabeth II: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 5 Nzeri 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zibanda kuri politiki, ubutabera n’umutekano. Harimo ko: Urukiko rwashimangiye intsinzi ya William Ruto Urukiko rw’ikirenga rwo muri Kenya tariki ya 5 Nzeri rwashimangiye icyemezo cya komisiyo ishinzwe amatora cy’uko William Ruto ari we wegukanye amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama. Ni nyuma y’ikirego cyari […]

Munyarugero yagizwe Umuvugizi wungirije wa M23

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) washyizeho Umuvugizi wungirije ku rwego rwa politiki witwa Canisius Munyarugero. Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa 11 Nzeri 2022 n’umuyobozi w’uyu mutwe ku rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, asobanura ko byakozwe mu rwego rwo kunoza itumanaho ryabo. Yagize ati: “Umuvandimwe […]

Meya wa Gasabo ku bo muri Bannyahe: Ingurane zirahari, tuzubahiriza icyemezo cy’urukiko

Meya Umwali yasezeranyije abo muri Bannyahe ko icyemezo cy'urukiko kizubahirizwa

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Gasabo, Umwali Pauline, yamenyesheje abatuye mu gace ka Bannyahe banze kwimukira mu nzu umujyi wa Kigali wubatse i Busanza, ko urukiko nirwanzura ko bagomba guhabwa ingurane bazazihabwa kuko zihari. Uyu muyobozi yabivuze tariki ya 9 Nzeri 2022 ubwo yari yasuye aba baturage, nyuma yo kwakira ibibazo n’ibyifuzo byabo, byibandaga ku kuba […]

U Rwanda rwifurije Ethiopia umwaka ‘mushya muhire w’2015’

Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia yifurije iki gihugu umwaka mushya muhire w’2015 watangiye kuri uyu wa 11 Nzeri 2022, hashingiwe ku ngengabihe (calendar) isanzwe. Iyi Ambasade yagize iti: “Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda muri Ethiopia irabifuriza umwaka mushya mwiza w’2015. Melkam Addis Amet.” Ethiopia igira ingengabihe yihariye ituma isigara inyuma imyaka 7 ugereranyije n’ingengabihe isanzwe. […]

Vital Kamerhe yashyiriweho umurongo ntarengwa ku ruzinduko aragirira i Goma

Perezida w’ishyaka UNC wanabayeho umuyobozi w’ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Vital Kamerhe, yashyiriweho umurongo ntarengwa ku ruzinduko aragirira mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 12 Nzeri 2022. Uyu munyapolitiki uherutse gusohoka muri gereza yari amazemo imyaka ibiri, aherutse gutangaza ko agiye kugirira uruzinduko mu burasirazuba bwa RDC, ahereye mu […]

Apître Mutabazi yatunguranye mu nama yambaye rugabire ya Frw 2000 n’isengeri

Yemeza ko imyambarire y'umuntu idasobanura ibimurimo

ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice yatunguranye mu nama ye n’abafana ndetse n’inshuti ze, ayitabira yambaye rugabire avuga ko yaguze amafaranga y’u Rwanda (Frw) 2000 ndetse n’isengeri. Mutabazi utanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe, amaze iminsi asabye abafana n’inshuti ko bahurira mu nama yise ‘Fearless Season 1’ (icyiciro cya mbere cyo gushira ubwoba) muri hoteli La Palisse Nyamata mu […]

Kinshasa: Hasinywe amasezerano yemerera ingabo za EAC gushoza intambara ku nyeshyamba

Perezida Tshisekedi (uri inyuma) ni we wayoboye iki gikorwa

Mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Kinshasa, kuri uyu wa 8 Nzeri 2022 hasinywe amasezerano yemerera ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), gutangiza intambara ku mitwe yitwaje intwaro ikorera muri iki gihugu. Aya masezerano yasinywe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Matuku Mathuki ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa […]

Haribazwa ku hazaza h’abagize akanama k’umutekano batacanaga uwaka na Ruto

Mu gihe Ruto atumvikanaga na Kenyatta, abagize NSC bamukumiriye mu nama

Ahazaza k’abagize akanama gashinzwe umutekano ka Kenya batacanaga uwaka na Dr William Ruto uherutse kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu hakomeje kwibazwaho. Aka kanama kazwi nka NSC (National Security Council) kagizwe n’abarimo Visi Perezida, Umugaba Mukuru w’ingabo, umwungirije, Umuyobozi Mukuru wa Polisi, ukuriye ubutasi, Minisitiri w’Umutekano na Minisitiri w’ingabo. Umuyobozi Mukuru wako aba ari Umukuru […]