Bamwe mu bakorera hafi ya Tshisekedi bari mu nzira yo gufatirwa ibihano na USA
Urwego rwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) rushinzwe umutungo ruri mu nzira yo gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bakorera mu biro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ndetse nâabo muri guverinoma yâiki gihugu. Ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye ku mugabane wa Afurika kuri uyu wa 6 Ukwakira 2022 cyatangaje ko […]
Kenya: Umudepite yakatiwe igifungo cyâimyaka 67
Urukiko rukuru rwo muri Kenya rwategetse umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Kenya uhagarariye agace ka Sirisia, John Waluke kwishyura ihazabu yâamashilingi akoreshwa muri iki gihugu (Ksh) miliyoni 727 cyangwa agahitamo igifungo cyâimyaka 67. Ni nyuma yâaho kuri uyu wa 6 Ukwakira rutesheje agaciro ubujurire bwe kuri iki gihano yari yarakatiwe tariki ya 20 Kamena […]
U Burundi bwohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwa RDC
Leta yâu Burundi yohereje izindi ngabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 5 Ukwakira 2022 kugira ngo zihangane nâimitwe yitwaje intwaro ihakorera. Mbere yâuko zoherezwa nk’uko urubuga SOS Medias rubivuga, Umunyamabanga uhoraho mu kanama kâigihugu gashinzwe umutekano, Colonel Nzisabira Pierre Claver yari yaraye asobanuriye abitabiriye inama yâumutekano ko zirajya […]
Vital Kamerhe arifuza ko RDC, u Rwanda na Uganda bigirana ibiganiro birimo ukuri
Perezida wâishyaka UNC rikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Vital Kamerhe, arifuza ko igihugu cye cyagirana ibiganiro birimo ukuri nâabaturanyi babiri: u Rwanda na Uganda ku kibazo cyâimitwe yitwaje intwaro, byâumwihariko M23. Ni igitekerezo kigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze nâUmuvugizi wa Kamerhe, Michel Moto Muhima, kuri uyu wa 5 Ukwakira 2022. Moto asobanura […]
Putin yashyizeho abayobozi b’agateganyo b’ibice bine aherutse kwambura Ukraine
Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin, yashyizeho abayobozi bâagateganyo bâibice bine aherutse komeka ku gihugu cye abyambuye Ukraine. Nkâuko ibiro ntaramakuru byâAbarusiya, TASS, byabisobanuye kuri uyu wa 5 Ukwakira 2022, babiri muri aba bayobozi ni abari basanzwe bayobora bimwe muri ibi bice, abandi ni bashya. Uwa Donetsk ni Denis Pushilin wari umaze imyaka 4 ayobora iki […]
Museveni yamenyesheje abishimiye urupfu rwa General Tumwine ko na bo rubategereje

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yamenyesheje abishimiye urupfu rwa General Elly Tumwine wabaye Minisitiri wâumutekano ko na bo rubategereje. Ni ubutumwa yatangaje kuri uyu wa 5 Ukwakira 2022 nyuma yo kureba ubutumwa abantu batandukanye batangarije kuri Twitter babyinira ku rukoma ubwo hari hamaze gutangazwa urupfu rw’uyu musirikare. Mu bo Museveni yatunze urutoki bishimiye urupfu […]
Ingabo z’u Burundi n’iza RDC zasenye bariyeri zashyizweho n’abasirikare ba Leta
Ingabo zâu Burundi zifatanyije nâiza Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, zasenye bariyeri eshanu zitemewe nâamategeko zari zarashyizwe muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo na bamwe mu basirikare ba Leta nâimitwe yâinyeshyamba. Radio Okapi isobanura ko iki gikorwa cyabaye tariki ya 2 Ukwakira 2022, ndetse hari abasirikare batatu ba FARDC babarizwa muri […]
Museveni yasabye Abanyakenya imbabazi kubera ubutumwa bwâumuhungu we
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye Abanyakenya imbabazi kubera ubutumwa umuhungu we, General Muhoozi Kainerugaba aherutse gutangariza kuri Twitter. Uyu Mukuru wâIgihugu yagize ati: âBanya-Uganda, bavandimwe bo muri Kenya ndetse nâabo muri Afurika yâiburasirazuba. Ndabasuhuza mwese. Ndasaba abavandimwe na bashiki bacu bo muri Kenya kutubabarira kubera ubutumwa General Muhoozi yatangarije kuri Twitter.â Perezida Museveni […]
Kigali: Abanyamakuru batatu bari bamaze imyaka 4 muri gereza bagizwe abere

Urukiko rukuru rwagize abere abanyamakuru batatu bâumuyoboro wa YouTube witwa Iwacu TV, rutegeka ko bafungurwa muri gereza bari bamazemo imyaka ine. Aba banyamakuru: Nshimiyimana Jean Baptiste, Mutuyimana Jean DamascĂšne na Niyonsenga Schadrack batawe muri yombi mu Kwakira 2018 bakekwaho ibyaha bitatu birimo guteza imvururu muri rubanda bifitanye isano nâamakuru batangarizaga kuri uyu muyoboro. Aba banyamakuru […]
Umujyi wa Kigali wiyemeje gukemura bwangu ikibazo cy’amazi anuka aturuka ku cyicaro cya Polisi

Ubuyobozi bwâumujyi wa Kigali bwijeje ko burakemura bwangu ikibazo cyâamazi anuka atwarwa na ruhurura idapfundikiye ituruka ku cyicaro gikuru cya Polisi yâu Rwanda giherereye mu murenge wa Kacyiru, mu karere ka Gasabo. Kuri uyu wa 3 Ukwakira 2022 ubwo ku biro byâumurenge wa Kacyiru haberaga inteko rusange, umuturage yavuze ko aya mazi ahangayishije abatuye mu […]
Ndimbati yasabye abagabo kutihakana abana babyara ku ruhande
Uwihoreye Jean Bosco wamamaye mu gukina urwenya na filimi nyarwanda nka Ndimbati aragira abagabo bagenzi be inama yo kutihakana abana babyarana nâabagore babo batari abâisezerano. Ndimbati abivuze nyuma yo gufungurwa muri gereza yari amazemo amezi arenga 6, aho yari akurikiranweho icyaha cyo gusambanya no gusindisha Kabahizi Fridaus ubushinjacyaha bwemezaga ko yari atarageza ku myaka yâubukure. […]
Umudepite wakubise ikofe ofisiye mukuru muri Polisi ya Uganda yahamagajwe

Umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Uganda uherutse gutera ikofe ofisiye mukuru muri Polisi, Yorke Alioni Odria, yahamagajwe nâurwego rushinzwe ubugenzacyaha, CID. Tariki ya 29 Nzeri ubwo mu ngoro yâinteko hari hamaze kubera amatora yâabadepite bazahagararira Uganda mu nteko yâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba, EAC, Depite Alioni watsinzwe yateje akavuyo, ahungabanya abari bahari. Uyu mudepite yagiye […]
Umuhungu wa Museveni yavuze ko yafata Nairobi mu gihe gito, anenga Uhuru wavuye ku butegetsi

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda usanzwe ari nâUmuvugizi wâingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yafata Nairobi mu gihe kitageze mu byumweru bibiri, anenga Uhuru Kenyatta kuba atariyamamarije manda ya gatatu ku butegetsi bwa Kenya. Lt Gen. Kainerugaba kuri uyu wa 3 Ukwakira 2022 yashyize kuri Twitter amafoto […]
Hollande wayoboye u Bufaransa abona ingabo za EAC zikwiye kumara igihe gito muri RDC kandi zikagaba ibitero
François Hollande wabaye Perezida wâu Bufaransa kuva mu 2012 kugeza mu 2017, abona ingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) ziteganya gutangira ubutumwa bwâamahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zikwiye kuhamara igihe gito kandi zikarasa ku mitwe yitwaje intwaro. Uyu munyapolitiki yabitangaje ubwo yagiriraga uruzinduko ku bitaro bya Dr […]
Perezida Samia Suluhu yahinduye Minisitiri wâingabo
Perezida wa Repubulika yunze ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yahinduye Minisitiri wâingabo, Dr Stergomena Lawrence Tax, amusimbuza Innocent Lugha Bashungwa. Tax yagizwe Minisitiri wâububanyi nâamahanga nâumuryago wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC), asimbura Liberata Mulamula wari usanzwe kuri uyu mwanya kuva muri Werurwe 2021. Uyu mugore yakoze imirimo itandukanye muri guverinoma ya Tanzania irimo kuba […]
U Bushinwa bwasabye M23 n’indi mitwe ikorera muri RDC kurambika intwaro
Intumwa ihoraho yungirije yâu Bushinwa mu Muryango wâAbibumbye (UN), DAI Bing, yasabye imitwe yitwaje intwaro ikorera muri iki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika, byâumwihariko uwa M23, ko yazirambika byihuse. Ambasaderi DAI ubwo yagezaga ijambo imbere yâakanama ka UN gashinzwe umutekano i New York, yasobanuye ko abantu benshi bazize ibikorwa byâimitwe yitwaje intwaro irimo M23, […]
Ndimbati yarafunguwe, Bamporiki arakatirwa n’imipaka yâu Burundi nâu Rwanda irafungurwa: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 26 Nzeri 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zerekeye ku butabera, umutekano na politiki. Harimo ko: Ndimbati yagizwe umwere, ahita afungurwa Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki ya 29 Nzeri rwagize umwere umunyarwenya Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati washinjwaga icyaha cyo gusambanya umwana no kumuha ibisindisha. Ndimbati wari ufunzwe kuva tariki ya […]
Colonel Damiba wari wateguje ko arigaranzura Captain wamukuye ku butegetsi yemeye kwegura
Lieutenant Colonel Paul Henri Sandaogo Damiba uherutse guhirikwa ku butegetsi bwâinzibacyuho nâabasirikare bayobowe na Captain Ibrahim TraorĂ©, yemeye kwegura nyuma yo guteguza ko ari gutegura uko yakwisubiza ubutegetsi byihuse. Ikinyamakuru Jeune Afrique cyatangaje ko Col. Damiba yasinyiye urupapuro rwâubwegure ku birindiro byâingabo za Burkina Faso zirwanira mu kirere i Ouagadougou mu ijoro ryo kuri uyu […]
Lt Gen. Kainerugaba avuga ko Imana yamutegetse gushyigikira no kurwana kuri Tigray
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda usanzwe ari nâumugaba wâingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Imana ari yo yamutegetse gushyigikira ubwoko bwa Tigray muri Ethiopia. Ubutumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 2 Ukwakira 2022 bubivuga buti: âTigray impora mu mutima! Ni itegeko ryaturutse ku Mana, Yesu Kirisitu, gukunda no […]
Centrafrica: Perezida TouadĂ©ra yakiriye ingabo zâu Rwanda mu rugo rwe, barizihirwa

Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin Archange TouadĂ©ra, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2022 yasangiye ifunguro nâabasirikare bâu Rwanda iwe mu rugo ruherereye mu karere ka Damara. Mu basirikare basangiye na ToudĂ©ra harimo abofisiye bakuru 200 ndetse nâabandi bafite andi mapeti, barimo umuyobozi wâingabo zâu Rwanda ziri muri Centrafrica, Colonel Ndayizeye Egide. Mu gihe cyo […]
Ukraine: Ingabo zâu Burusiya zashoboraga kugotwa zarekuye umujyi wa Lyman
Ingabo zâu Burusiya zari zimaze amezi atanu zifashe umujyi wa Lyman muri Leta ya Donetsk zafashe icyemezo cyo kuwusohokamo kubera impungenge zâuko zashoboraga kugotwa nâiza Ukraine. Aya makuru yemejwe na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yemeza ko amabendera yâigihugu cyabo yongeye kuzamurwa muri uyu mujyi. Ati: âIbendera rya Ukraine rizamuye muri Lyman, mu gice cya […]
Uganda: Abakoresha ‘ingoma zâu Burundi’ basabwe kuzijyana byihuse kuri Ambasade
Ambasaderi wâu Burundi muri Uganda, Epiphanie Kabushemeye Ntamwana yasabye Abarundi bakoresha ingoma zâumurage wâiki gihugu kuzijyana zose kuri Ambasade yacyo i Kampala. Mu ibaruwa yandikiye amatsinda atatu yâAbarundi akoresha izi ngoma muri Uganda: Intare Performance Group, Miracle Group na Mirror Group tariki ya 30 Nzeri 2022, Ambasaderi Ntamwana yibukije ko ‘ingoma zâu Burundi’ ari umurage […]
Nta kibazo dufitanye nâingabo za EAC, ariko uzadutera tuzirwanaho: Maj. Ngoma wa M23

Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23, Major Willy Ngoma, yatangaje ko nta kibazo bafitanye nâingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) zoherejwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, gusa ngo nizibagabaho ibitero bazirwanaho. Maj. Ngoma uherereye mu mujyi wa Bunagana yabitangarije umunyamakuru Alain Uyuakani ukorana nâikinyamakuru Xinhua cyâAbashinwa, mu kiganiro bagiranye kuri uyu […]
Mushiki wa Cristiano Ronaldo yandagaje abamwibasiye bamuziza umusaruro muke
Mushiki wa rutahizamu Cristiano Ronaldo uri bâicyitegererezo mu mupira wâamaguru, Katia Aveiro, yibasiye abo muri Portugal bibasiye musaza we bamuziza umusaruro muke mu ikipe yâigihugu. Uyu mukinnyi yibasiwe cyane nyuma yâaho ikipe ya Portugal yatsinzwe igitego kimwe ku busa (0-0) nâiya Espagne, ikabura amahirwe yo kuzakina œ cyâirushanwa rya UEFA Nations League. Muri uyu mukino […]
Ntimukwiye kudukubita nâubwo tubarimo amafaranga: Visi Perezida Gachagua abwira Abashinwa

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua yagaragaye mu mashusho abwira Abashinwa ko badakwiye gukubita abaturage, nâubwo igihugu cyabo kirimo u Bushinwa umwenda wâamafaranga. Muri aya mashusho areshya nâumunota nâisegonda rimwe kashyizwe hanze nâikinyamakuru The Kenyans, Visi Perezida Gachagua agaragara abwira Abashinwa batatu ko bakubita abaturage i Nairobi. Gachagua yafashe akaboko umwe uri ibumoso bwe, maze […]
Kinshasa: Abanyamahanga batatu bafatanwe imbunda nyinshi zirimo iza mudahusha

Abakozi bo mu nzego zishinzwe umutekano muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bafatanye abagabo batatu bakomoka muri Norway imbunda nyinshi zigezweho zirimo za mudahusha (snipers). Aba bagabo: Brynhild Leland, Vidar Gamst Nilssen na Lars Loyne Bakke bafite aderesi (address) ya Ambasade ya Norway Kinshasa, bafatiwe ku kibuga cyâindege mpuzamahanga cya Ndjili mu ijoro ryâuyu […]
Ndimbati yashimiye umugore we kwihangana nâubwangamugayo byamuranze

Uwihoreye Jean Bosco wamamaye ku izina rya Ndimbati yashimiye byimazeyo umugore we ku bwo kwihangana nâubwangamugayo bwamuranze mu gihe cyâamezi arenga atandatu yari amaze afunzwe. Hashingiwe ku cyemezo cyâurukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge cyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2022, Ndimbati wagizwe umwere ku cyaha cyo gusambanya umwana no kumuha ibisindisha, yaraye afunguwe nâubuyobozi bwa gereza […]
Green Party yasezeranyije Abanyarwanda ko izavugurura ingingo ya ‘manifesto’ yayo yateje impaka

Ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije ryasezeranyije Abanyarwanda ko rizavugurura ingingo ya manifesto yaryo yerekeye amahoro nâumutekano yateje impaka mu kwezi gushize. Mu kiganiro DGPR yagiranye nâabanyamakuru tariki ya 5 Kanama 2022, yatangaje ko yifuza ko Leta yâu Rwanda yagirana ibiganiro nâabatavuga rumwe na yo barimo nâabo mu mitwe […]
Ubushinjacyaha buburana na Kabuga bwasabye Abanyarwanda kubushyigikira

Ubushinjacyaha bwâUrwego rwâUmuryango wâAbibumbye rwashyiriweho gukora imirimo y’insigarira y’inkiko mpanabyaha (IRMCT) burasaba Abanyarwanda byâumwihariko abagizweho ingaruka nâibikorwa bya Kabuga FĂ©licien mu itegurwa no mu ishyirwa mu bikorwa rya jenoside yakorewe Abatutsi kubushyigikira mu rubanza rwatangiye kuri uyu wa 29 Nzeri 2022. Mbere yâuko uru rubanza rutangira kuburanishwa mu mizi saa yine zâamanywa, Umushinjacyaha Mukuru wa […]
Kinshasa: Hashyizweho itsinda rizamamaza mu mahanga ijambo rya Tshisekedi ku Rwanda
Perezida wâumutwe wâabadepite mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Christophe Mboso NâKodia, yatangaje ko hashyizweho itsinda ryâabadepite rizamamaza mu bihugu bitandukanye ijambo Perezida FĂ©lix Tshisekedi aherutse kuvuga ku Rwanda ubwo yari mu nteko rusange yâUmuryango wâAbibumbye i New York. Mu nama yagiranye nâabandi badepite mu ngoro yâInteko tariki ya 27 […]
Trump yatangaje ko imiyoboro ya gazi ishobora gushora u Burusiya na USA mu ntambara
Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) yatangaje ko igihugu cye gishobora kurwana nâu Burusiya bitewe nâiyangirika ryâimiyoboro ya gazi yabwo, Nord Stream 1 na 2. Leta yâu Burusiya yatangaje ko iyi imiyoboro yangirikiye mu gice cyâamazi ahaherera mu gihugu cya Denmark na Sweden irimo kuva guhera tariki ya 25 Nzeri […]
Umujyanama wa UN yishimiye itangira ry’urubanza rwa Kabuga
Umujyanama wihariye wâUmuryango wâAbibumbye (UN) mu gukumira jenoside, Alice Wairimu Nderitu, yishimiye itangira ryâurubanza rwa Kabuga FĂ©licien ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ni urubanza ruratangira saa yine z’amanywa kuri uyu wa 29 Nzeri 2022 i La Haye mu rukiko mpuzamahanga rwa UN ariko Kabuga ntiyarwitabira kuko yasobanuye ko yimwe uburenganzira […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera, aha inshingano abasirikare bakuru
Umugaba wâIkirenga wâingabo zâu Rwanda, Perezida Paul Kagame, yazamuye mu ntera abasirikare bakuru babiri bâipeti rya Lieutenant Colonel, abaha inshingano hamwe nâabandi batanu. Abazamuwe mu ntera ni Lt Col. Ruzindana Emmanuel wahawe ipeti rya Colonel, anagirwa uhagarariye dipolomasi ku rwego rwâigisirikare (Defence AttachĂ©) muri Uganda. Lt Col. Bakunzi Frank yahawe ipeti rya Colonel, agirwa uhagarariye […]
Denise Nkurunziza yatangaje ko atigeze avuga ko umugabo we yishwe
Umugore wa Pierre Nkurunziza wabaye Perezida wâu Burundi, Pasiteri Denise Bucumi Nkurunziza, yanyomoje abavuga ko yavuze ko umugabo we yapfuye yishwe. Ni igisubizo yahaye uwamubarije mu kiganiro yagiriye kuri radiyo Ijwi ryâAmerika niba koko yarasabye ko umurambo wâumugabo we upimwa nâabaganga kugira ngo hakemenyekane ukuri ku cyamwishe. Kuri iki kizamini kizwi nka âautopsyâ, Denise yagize […]
Umutagatifu wanjye ni Sentore, hakaza Yezu na Bikiramariya: Masamba
Umuhanzi Masamba Intore umenyerewe mu ndirimbo gakondo aremeza ko umutagatifu we ari se, Sentore Athanase, abandi barimo Yezu na Bikiramariya bakaza bakurikiraho. Mu kiganiro yagiriye kuri Isimbi TV, Masamba yasobanuye ko iyo ari gutegura igitaramo, yiyambaza umubyeyi we wamusigiye impano kugira ngo kigende neza. Ubusanzwe ngo ntazi kubandwa cyangwa guterekera, ariko ngo yifuza umupfumu Rutangarwamaboko […]
Umuyobozi Mukuru wa Polisi Perezida Ruto yigeze kunenga ko adashoboye yeguye
Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, IGP Hillary Mutyambai, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022 yeguye kuri iyi nshingano yari amazeho imyaka itatu. Ubwegure bwa Mutyambai bwatangajwe na Perezida William Ruto ubwo yari ayoboye inama yâabaminisitiri, asobanura ko impamvu zâubuzima ari zo zatumye uyu mupolisi mukuru yegura. Perezida Ruto yavuze ko Japhet Koome wari usanzwe […]
Ingabo za Kenya zasobanuye ko zitazarasa ku birindiro bya M23 i Bunagana
Ingabo za Kenya ziherutse kujya mu butumwa bwâamahoro burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), zasobanuye ko zitagiye kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 umaze amezi atatu ufashe umujyi wa Bunagana uri mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Byatangajwe nâumuyobozi wâizi ngabo, Lieutenant General Leonard Muriuki Ngondi mu kiganiro yagiranye nâitangazamakuru nyuma yo kugera muri […]
Amanota yâibizamini bya Leta yatangajwe, Minisitiri wâUburezi asobanura ko nta bukererwe bwabayeho
Ku bufatanye bwa Minisiteri yâuburezi (MINEDUC) nâikigo cyâigihugu gishinzwe ubugenzuzi bwâibizamini nâamashuri, NESA, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022 hatangajwe amanota yâabakoze ibizamini bya Leta, icyiciro gisoza amashuri abanza nâicyiciro rusange cyâamashuri yisumbuye. Minisitiri wâuburezi, Dr Uwamariya Valentine, wafunguye ku mugaragaro iki gikorwa, yatangaje ko abakoze ibizamini mu cyiciro gisoza amashuri abanza ari 227,472. Abatsinze […]
Maverick City Music yatandukanye n’umuramyi Dante Bowe nyuma yo kugaragara aririmba igishegu

Itsinda ryâabaririmbyi baramya Imana rikomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Maverick City Music, ryatangaje ko ryabaye ritandukanye nâumwe mu bo ryagenderaho, Dante Bowe, nyuma yo kugaragara aririmba indirimbo âDespuĂ©s de la Playaâ yâumuraperi Bad Bunny wo muri Puerito Rico. Iyi ndirimbo isobanura ‘Nyuma yo ku musenyi’ irimo amagambo avuga kuri gahunda zo ku gitanda […]
Umushoramari Gidon Novick abona Afurika y’Epfo ikwiriye kwigira ku Rwanda byinshi n’ubwo rukennye
Umushoramari wo muri Afurika yâEpfo, Gidon Novick uri mu bashinze ikigo gitwara abagenzi mu kirere cya LIFT akaba nâumuyobozi wâibigo bitandukanye byâishoramari, avuga ko hari byinshi igihugu cye gikwiye kwigira ku Rwanda, nâubwo rukennye. Novick uherutse mu Rwanda mu nama yiga ku bijyanye nâindege yabaye mu byumweru bibiri bishize, mu nyandiko yatangarije ku kinyamakuru Daily […]
Colonel wari umuyobozi mukuru mu ngabo za Kenya zirwanira mu kirere yabonetse ku nzira yapfuye
Colonel Flavian Mwangi Waweru wari umuyobozi ushinzwe imyitozo nâamahugurwa mu ngabo za Kenya zirwanira mu kirere (KAF), yabonetse mu modoka ye yari iparitse ku nzira yapfuye. Ikinyamakuru The Star gisobanura ko uyu musirikare yavuye ku birindiro byâingabo zirwanira mu kirere byitiriwe Moi biherereye mu gace ka Eastleigh i Nairobi, mu masaa cyenda yâumugoroba wo kuri […]
Umunyamategeko wa ApĂŽtre Mutabazi avuga ko atatunguwe no kumva asaba Perezida kumwishyurira amadeni
Umunyamategeko wunganira ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice, Me Twagirayezu Joseph, yatangaje ko atatunguwe no kumva umukiriya we asaba Perezida Paul Kagame kumwishyurira amadeni amwungarije. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku wa 25 Nzeri 2022, Mutabazi yatangaje ko arimo amadeni agera kuri miliyoni 30, arimo iryâubukode bwâinzu yâuwitwa Mukeshimana CĂ©lestin wo mu kagari ka Karama, umurenge wa Kinyinya […]
Gasabo: Inzu ApĂŽtre Mutabazi yari yarakodesheje yafunguwe hakoreshejwe inyundo
Abayobozi mu nzego zâibanze bafunguye inzu umuvugabutumwa ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice yari yarakodesheje mu kagari ka Karama, umurenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo, ariko akamara amezi arindwi atishyura ubukode. Mu cyumweru gishize ni bwo umugabo witwa Mukeshimana CĂ©lestin utuye muri Kinyinya yatangaje ko Mutabazi yamwambuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 420 yâubukode bwâinzu ifite icyumba kimwe […]
USA yateguje u Burusiya akaga gakomeye
Umujyanama wihariye wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu byâumutekano, Jake Sullivan, yateguje u Burusiya akaga gakomeye mu gihe bwagerageza gukoresha intwaro kirimbuzi mu ntambara yabwo na Ukraine. Ni mu gihe mu Burusiya hari kubera amatora ya kamarampaka agamije kumenya uko abaturage bumva gahunda yo komeka ku gihugu cyabo bimwe mu bice bya Ukraine, […]
Ku biro bya Perezida Ruto hazajya habera amasengesho ngarukakwezi yo gushima Imana

Umufasha wa Perezida wa Kenya, Rachel Ruto, yatangaje ko ku biro byâUmukuru wâIgihugu hazajya habera amasengesho yo gushima Imana buri kwezi, kuko isubiza ibyifuzo byâAbanyakenya. Rachel yabitangaje kuri uyu wa 25 Nzeri 2022, ubwo kuri ibi biro hatangizwaga aya masengesho yitabiriwe nâabarimo umugabo we, Perezida William Ruto. Yagize ati: “Bibiliya iravuga ngo abantu bazajya bajya […]
Ingabo za Kenya zamaze kwinjira muri RDC zinyuze Bunagana
Ingabo za Kenya zoherejwe mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zamaze kwinjira muri iki gihugu zinyuze mu gace ka Bunagana muri teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka ku munyamakuru wo muri Kenya, Mwangi Maina, avuga ko izi ngabo zo mu mutwe wihariye […]
Bamporiki yasabiwe imyaka 20, Gen. Yav ukekwaho gukora nâu Rwanda na Muhizi wagejejwe mu rukiko: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 19 Nzeri 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirimo izerekeye politiki, ubutabera nâumutekano. Harimo: Ifungwa rya Gen. Yav ukekwaho gukorana nâu Rwanda Urwego rwâigisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rushinzwe iperereza tariki ya 19 Nzeri rwataye muri yombi komanda wâibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, […]
Igihe amanota yâibizamini bya Leta azatangarizwa cyamenyekanye

Ikigo cyâigihugu gishinzwe ibizamini nâubugenzuzi bwâamashuri, NESA, kimaze gutangaza ko amanota yâabakoze ibizamini bya Leta mu cyiciro gisoza amashuri abanza nâicyiciro rusange cyâamashuri yisumbuye azatangarizwa. Ni nyuma yâiminsi isaba abantu kudaha agaciro amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko amanota yasohotse, ikabateguza ko igihe cyâitangazwa ryayo kizamenyekana mu gihe kitarambiranye. Iki kigo kuri […]
Mutabazi uvuga ko yanze ‘amafaranga yâikigarasha’, yasabye Perezida Kagame kumwishyurira amadeni
ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice uvuga ko yanze amafaranga yâikigarasha yasabye Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, kumwishyurira amafaranga yise utudenideni abereyemo abantu kugira ngo akorere igihugu kuko ngo hari abatwuririraho bamurwanya. Mutabazi wemeza ko ari umuvugabutumwa akaba nâumunyapolitiki w’umusimbura uvuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yatangiye ubu busabe mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 25 Nzeri […]
Ambasade ya RDC âihangayikishijweâ nâibice bya Centrafrica RDF ikoreramo

Ambasaderi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) muri Repubulika ya Centrafrica, Esdras Kambale Bahekwa, yagaragaje ko ahangayikishijwe nâibice ingabo zâu Rwanda ziri mu butumwa bwâamahoro zikoreramo. Mu ibaruwa yandikiye Leta ya RDC tariki ya 23 Nzeri 2022, Ambasaderi Bahekwa yavuze ko ingabo zâu Rwanda ziri muri Centrafrica zidakorera gusa mu murwa mukuru, Bangui, ngo […]
Mutabazi uteganya kwimukira USA avuga ko Volleyball yonyine itatunga umukinnyi mu Rwanda
Umukinnyi wâikipe yâigihugu ya Volleyball na Gisagara VC, Mutabazi Yves, avuga ko uyu mukino wonyine udashobora gutunga umuntu mu Rwanda, keretse mu gihe awubangikanyije nâibindi bikorwa nkâishoramari. Uyu mukinnyi uvuga ko nta gihindutse ashobora kujya gukomereza ubuzima muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), yabisobanuriye mu kiganiro yagiriye kuri Radio Rwanda kuri uyu wa 24 […]
Umuyobozi wa Goma yategetse ko imyigaragambyo yamagana MONUSCO iburizwamo
Umuyobozi wâumujyi wa Goma, Komiseri wa Polisi Makossa Kabeya François yasabye inzego zishinzwe umutekano kuburizamo imyigaragambyo yamagana misiyo yâamahoro wâUmuryango wâAbibumbye (MONUSCO) iteganyijwe guhera kuri uyu wa 26 Nzeri 2022. Ibindi bigamijwe muri iyi myigaragambyo ni ugusaba ko ingabo za Leta zakora ibishoboka byose zikisubiza umujyi wa Bunagana umaze amezi atatu ufashwa nâumutwe wa M23, […]
New York: U Burusiya bwemeje ko kugaba ibitero muri Ukraine yari amahitamo ya nyuma
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Burusiya, Sergei Lavrov, yatangarije abitabiriye Inteko rusange yâUmuryango wâAbibumbye i New York ko nta yandi mahitamo igihugu cye cyari gifite, keretse kugaba ibitero muri Ukraine. Uyu muyobozi kuri uyu wa 24 Nzeri 2022, yasobanuye ko ibitero byâu Burusiya muri Ukraine byatangiye kubera impamvu zirimo ko Abarusiya baba muri Leta ya Donetsk […]
Perezida Ruto yashimangiye ko kwegekanaho amakosa hagati ya RDC nâu Rwanda ntacyo byakemura

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yashimangiye ijambo rya Perezida Kagame Paul Kagame ryâuko kwegekanaho amakosa hagati ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâu Rwanda nta kibazo na kimwe byakemura. Mu nteko rusange yâUmuryango wâAbibumbye, Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa RDC, aherutse gushinja u Rwanda kugaba ibitero mu gihugu cye no gufata tumwe mu duce […]
Centrafrica: Urukiko rwatesheje agaciro umugambi wa Perezida wo kuvugurura Itegekonshinga
Urukiko rwâikirenga rwo muri Repubulika ya Centrafrica rwatesheje agaciro umugambi wa Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra wo kuvugurura Itegekonshinga, ku buryo byamufasha kuyobora igihugu no muri manda ya gatatu. Kugira ngo uyu mugambi ugerweho, Perezida TouadĂ©ra yashyizeho itsinda ryâabantu bashinzwe gutegura umushinga wâItegekonshinga rishya, gusa iki cyemezo giteza umwuka mubi muri politiki, aho imwe mu miryango yateguye […]
ApĂŽtre Mutabazi yirinze kuvuga ku muntu umushinja kumwambura ayâubukode bwâamezi 7

Umuvugabutumwa ApĂŽtre Mutabazi Kabarira Maurice yirinze kuvuga ku mugabo utuye mu mudugudu wa Taba, akagari ka Murama, umurenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo, umushinja kumwambura amafaranga yâubukode bwâamezi 7. Uyu mugabo yasobanuriye umunyamakuru wa BTN TV ko yakodesheje Mutabazi inzu yâicyumba kimwe na salo (salon), amezi atatu ya mbere, bumvikana ko hanyuma azajya amwishyura Frw […]
Muzito yashimye ijambo rya Tshisekedi ku Rwanda, amusaba gutegura intambara
Umunyapolitiki utavuga rumwe nâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), wigeze kuba Minisitiri wâIntebe, Adolphe Muzito, yashimye ijambo Perezida FĂ©lix Tshisekedi yavugiye mu nteko rusange yâUmuryango wâAbibumbye i New York, ariko anamusaba gutegura intambara ku Rwanda. Perezida Tshisekedi ku wa 21 Nzeri 2022 yabwiye abiganjemo abakuru bâibihugu bitabiriye iyi nteko ko u Rwanda rwagabye […]
BRD yagiriye abanyeshuri inama y’uko bakoresha amafaranga igiye kubaha
Banki yâu Rwanda itsura amajyambere (BRD), mu gashami kayo kâuburezi, yagiriye abanyeshuri ba kaminuza no mu mashuri makuru inama ku buryo bakoresha neza amafaranga yâamezi abiri igiye kubaha. Iyi banki yamenyesheje aba banyeshuri ko iri gutegura uko yabaha amafaranga abafasha mu mibereho yâamezi abiri, bityo bakwiye kuyakoresha neza kugeza Ugushyingo kurangiye. Iti: “Nshuti banyeshuri, turi […]
Minisitiri wâIntebe wâu Bubiligi yatangaje ko MONUSCO ikwiye gusimbuzwa indi misiyo
Minisitiri wâIntebe wâu Bubiligi, Alexander De Croo, yatangarije abitabiriye Inteko Rusange yâUmuryango wâAbibumbye i New York ko misiyo yâamahoro yawo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, isimbuzwa indi. De Croo ku wa 21 Nzeri 2022, mu ijambo yagejeje ku banyacyubahiro bari bateraniye muri iyi nteko yagize ati: âUbutumwa bwacu burasobanutse: MONUSCO ikwiye kurangira, igasimburwa […]
General Cirimwami wambuwe imodoka na M23 na we arafunzwe

Urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) rumaze ibyumweru bibiri rufunze komanda wâibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Ituri, Maj. Gen. Peter Cirimwami. Amakuru aturuka muri RDC avuga ko Gen. Cirimwami akurikiranweho icyaha cyâubugambanyi bukomeye, gusa nta gisobanuro kiratangwa ku mvano yâitabwa muri yombi rye. Uyu musirikare […]