Huye: Abaturage baravuga ko basinyishijwe ku ngufu mu kugurirwa ubutaka bwabo

Mu Murenge wa Huye, mu Karere ka Huye abaturage baravuga ko basinyishijwe ku ngufu kugirango bagurirwe ahazubakwa amacumbi Abashinwa bazaba bari kubaka umuhanda Huye-Kibeho bazacumbikamo. Aba baturage 25 bo mu Kagali ka Muyogogoro muri uyu Murenge wa Huye bavuga ko ubwa mbere bumvikanye n’Abashinwa ariko ntibemere amafaranga bari bumvikanye kuri metero kare imwe y’ubutaka. Nyuma […]

Niba ukeneye kugisha inama mu rukundo uzirinde aba bantu

Mu buzima bwa muntu hari igihe biba ngomba kwifatira umwanzuro bikanga, bikaba ngombwa ko agisha inama zimwe mu nshuti ze kugirango abe yafata umwanzuro runaka, gusa ibi biratandukanye mu rukundo, kuko hari abantu uba utagomba kugisha inama uko byasa kose. Bamwe muri abo bantu twavuga nk’umuntu: 1. Udaha agaciro urukundo Ni byiza ko niba ugiye […]

Nyamasheke: Ibura ry’abasoromyi b’icyayi rihangayikishije abahinzi bacyo

Ubuyobozi n’abahinzi b’icyayi ba koperative y’abahinzi bacyo ya COOPTHE Mwaga-Gisakura ikorana n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyane cyo kubona abasoromyi b’icyayi ndetse n’abagikorera. Mu kiganiro na Bwiza.com, umuyobozi wa COOPTHE Mwaga-Gisakura,Ngirinshuti Callixte  yavuze ko  ari ikibazo kibakomereye cyane,kuko kugeza ubu bafite  abasoromyi 450 gusa bagombye  kuba  nibura […]

Leta y'u Rwanda yabwiye impunzi z'Abarundi ko izishaka gutaha itazazihagarika

Leta y’u Rwanda yabwiye impunzi z’Abarundi ziheruka guhungira muri icyo gihugu ko zifite uburenganzira bwo gusubira iwabo kandi ko zishobora kugenda igihe cyose zishakiye. Impunzi zibwirwa ni iziheruka guhungira mu Rwanda zivuye mu nkambi ya Kamanyola muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Izo mpunzi zabaye zitujwe mu nkambi eshatu z’agateganyo ziri i Bugesera, i Nyanza […]

RDC: Umupolisi n’umusirikare bishwe n’amabandi yitwaje intwaro

Umupolisi umwe ndetse n’umusirikare ba Congo mu ijoro ryo kuwa kane bishwe n’amabandi yitwaje intwaro muri centre ya Kavumu hafi y’Umujyi wa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo. Ibi bikaba byatumye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, itariki 30 Werurwe, abaturage bahagarika imirimo mu rwego rwo guha icyubahiro abo bashinzwe umutekano bishwe bashaka kurinda abaturage bamwe […]

Abandi bagande benshi bakoraga mu Rwanda birukanwe ku mirimo yabo

Abandi bagande bakoreraga mu Rwanda biganjemo abakorera The New Times na Banki ya Kigali biravugwa ko birukanwe ku mirimo yabo nyuma y’iminsi mikeya perezida w’u Rwanda na perezida wa Uganda bagiranye ibiganiro byavuzwe ko bigamije kugarura umwuka mwiza hagati y’ibihugu byombi. Mu basezerewe ku kazi mu kinyamakuru cya leta The New Times, harimo Hamuza nkutu […]

Nta Mwongereza n’umwe uzasifura imikino y’igikombe cy’isi cya 2018

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ku wa 29 Werurwe 2018, ryashyize hanze urutonde rw’abasifuzi n’ababunganira 99 bazagaragara mu mikino y’igikombe cy’isi izabera mu Burusiya muri Kamena 2018, ariko nta mwongereza n’umwe ugaragaramo. Ibi bibaye ubwa mbere kuva mu 1938. Ibiro ntaramakuru by’abafaransa AFP biratangaza ko umusifuzi Mark Clattenburg uherutse gusezera  muri shamiyona w’u Bwongereza […]

U Burusiya bwihimuye kuri Amerika bwirukana Abadiplomate bayo 60

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov yatangaje ko ibiro by’abahagarariye USA i  Petersburg birafungwa hagakurikiraho kwirukana  abadipolomate 60 bahagarariye iki gihugu  mu rwego rwo kwihorera. Iki cyemezo gifashwe nyuma yaho abahagarariye u Burusiya nabo baherutse kwirukanwa na USA ndetse n’ibindi bihugu by’i Burayi. Ikinyamakuru The Washington Post kiratangaza ko Heather Nauert, umuvugizi wa Leta […]

Tweet ya perezida Trump ngo yateje igihombo cya miliyari zisaga 10 umuherwe wa mbere ku Isi

Mu butumwa akunze gutanga mu gitondo abinyujije kuri twitter, perezida Donald Trump yemeje amakuru y’uko agiye gukurikirana ikigo gikora ubucuruzi kuri internet cyitwa Amazon agishinja kuba nyirabayazana y’ibura ry’akazi ku bihumbi by’abantu, bikaba byateje igihombo cya miliyari 10$ umugabo wa mbere ukize ku Isi kuri ubu, Jeff Bezos, nyiri Amazon. Amakuru aravuga ko mu gitondo […]

Wema Sepetu yasubije Idriss Sultan wari umwibasiye

Umukinnyi  wa filimi w’Umunyatanzaniya Wema Sepetu yasubije uwahoze ari umukunzi we Idriss Sultan wari wamwibasiye ku mbuga nkoranyambaga amubaza impamvu akunda kushyira kuri instagram amafoto y’abana b’abandi mu gihe we nta mwana agira ndetse akanamugira inama ko yashinga ikigo cy’incuke. Wema Sepetu w’imyaka 29 ntiyazuyaje  nawe abinyujije kuri instagram yahise asubiza Idriss Sultan ko we […]

Dr Joseph Nkusi wazanwe mu Rwanda akuwe muri Norvege yakatiwe imyaka 10 y’igifungo

Urukiko Rukuru rwa Kigali kuri uyu wa kane, itariki 29 Werurwe 2018 rwakatiye igihano cy’imyaka 10 y’igifungo Dr Joseph Nkusi, wazanwe mu Rwanda akuwe muri Norvege. Dr Joseph Nkusi yari akurikiranweho ibyaha birimo gushishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, gukwirakwiza ibihuha no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 abinyujije ku rubuga yari yarashinze rwitwa […]

U Burundi buryamiye amajanja, burikanga ibitero bishobora kubugabwaho biturutse muri Congo

Mu itangazo ryasomwe n’inama nkuru y’umutekano ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, rimenyesha ko umutekano w’u Burundi wifashe neza by’umwihariko ko inzego z’umutekano ubu zihanahana neza amakuru, mu gihe hari amakuru y’uko hari abashaka kubugabaho ibitero baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umunyamabanga uhoraho w’inama nkuru y’umutekano w’u Burundi,  Lt.GĂ©n. Maj.Silas Ntigurirwa, ubwo […]

Intumwa za HCR zijeje impunzi zo mu Nkambi ya Gihembe kuzikorera ubuvugizi

Itsinda ry’intumwa zaturutse i Geneve ku Cyicaro cy’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, zasuye kuri uyu wa gatatu, itariki 28 Werurwe, inkambi y’impunzi ya Gihembe  zireba imibereho y’impunzi zigezwaho n’ibibazo zifite ziyemeza gukomeza kuzikorera ubuvugizi. Izi ntumwa za HCR zaturutse mu Busuwisi zari ziyobowe na Axel Bishop, ziherekejwe na bamwe mu bahagarariye inzego za […]

Nafashe Mama asambana n’umusore warerewe iwacu, yahise antuka ngo ndi inshinzi, ngo nimbivuga nzabona ishyano- NKORE IKI?

Pasika nziza kuri mwese, ndagisha inama kuko navuga ko ndi mu ihurizo rikomeye, nagiyemo ubwo nafataga mama arimo gusambana n’umusore njye nitaga musaza wanjye. Uko ikibazo cyavutse, muri iki cyumweru navuye ku ishuli kare, niga mu mwaka wa gatandatu segonderi. Twari tumaze iminsi mu bizamini, ariko uwo munsi n’ubundi nakoze icya nyuma mpita nitahira. Nageze […]

Trump yahaye u Rwanda amezi 2 yo kwisubiraho ku guca caguwa cyangwa rukavanwa muri AGOA

Perezida Donald Trump, yatangaje ko mu mezi abiri ari imbere u Rwanda nirutisubiraho mu kubahiriza ibisabwa mu itegeko rya AGOA, ryorohereza ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara gushora ibicuruzwa byabyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ruzahagarikwa. Perezida Trump akaba yatangaje ko u Rwanda ruzahagarikwa muri AGOA bitewe n’uko ngo rwashyizeho imbogamizi ku […]

David Luiz yongerewe ibyumweru bitatu byo kudakandagiza ikirenge mu kibuga

David Luiz, umusore ukomoka mu gihugu cya Brezil akaba akinira ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, wari warahawe n’abaganga amezi abiri yo kuvurwa imvune yagize mu ivi, ubu bamwongereyeho ibyumweru bitatu. David yavunitse mu ivi, yari yahawe igihe cyo kwivuza cy’amezi abiri, ubu bikaba bitamukundiye kugaruka mu kibuga, dore ko benshi bari bamutegereje mu mikino […]

RDC: Urwuri rw’amatungo ya Perezida Kabila rwagabweho igitero n’inyeshyamba

Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyakozanyijeho n’inyeshyamba za MaĂ ÂŻ-MaĂ ÂŻ mu gace ka Kabasha, Segiteri ya Rwenzori (Nord-Kivu) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Byemejwe ko iyi mirwano yabereye mu rwuri rw’amatungo ya Perezida Kabila. Nk’uko bitangazwa na Radiyo Okapi, ngo izi nyeshyamba zagerageje kurasana n’abasirikare ba Leta zishaka kubavana mu birindiro byabo. Umuvugizi w’ingabo […]

Gisagara: Mu rugo rw'umuturage hafatiwe moto eshanu bikekwa ko zibwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gisagara, kuwa gatatu tariki ya 28 Werurwe yafatiye mu mu rugo rw’umuturage moto eshanu bikekwa ko zibwe mu bice bitandukanye by’igihugu inata muri yombi umwe mu bakekwaho ubu bujura witwa Hategekimana Jean Bosco. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi yasobanuye uko […]

Misiri: Perezida Abdel Fattah al-Sisi yatorewe kuyobora manda ya 2

Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi yongeye gutorerwa kuyobora muri manda ye ya kabiri ku majwi agera kuri 92%. Nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru binyurane byo mu Misiri, bitangaza ko mu ibarura ry’amajwi ry’ibanze , rigaragaza ko abatoye ari abaturage milliyoni 23 mu gihe hari hiyandikishije milliyoni 60. Abagera kuri milliyoni 2 batoye amazina atari mu bakandida […]

Uganda: Meya ashinja Museveni gutonesha abashoramari b’abanyamahanga

Umuyobozi w’akarere ka Mbarara muri Uganda, Robert Kakyebezi yavuze ko Perezida Museveni aha umwanya abanyamahanga baza biyitirira abashoramari kandi nta ho batandukaniye n’abacuruzi b’abanyagihugu. Ibi yabitangaje nyuma y’ibibazo bitandukanye urubyiruko rwamubajije mu imurikagurisha ryabereye muri kaminuza y’ubumenyi n’ikoranabuhanga ya Mbarara ku wa 28 Werurwe. Ikinyamakuru Chimp Reports kiratangaza ko abanyeshuri batandukanye b’abacuruzi bamubajije ikibazo cy’uko […]

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi impunzi 33 z'Abarundi

Polisi y’igihugu yataye muri yombi impunzi 33 z’Abarundi, bakekwaho gushishikariza abandi kwigumura banga  ubufasha bahabwa n’ishami ry’umuryango w’abibumye ryita ku mpunzi HCR na Leta y’u Rwanda. Mu itangazo polisi yashyize ahagaragara, itangaza ko yataye muri yombi 33 ndetse ko icyaha bashinjwa gihanwa n’amategeko, igira iti ’’Gukangurira abandi kugumuka, ni icyaha gihanwa n’amategeko, kibangamira ubuzima bw’izindi […]

Ibiciro by’ingendo byazamuwe mu mujyi wa Kigali no mu Ntara

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rutangaza ko ibiciro by’ingendo byazamutse bitewe n’uko ibikomoka kuri peteroli nabyo byahenze. Mu mujyi wa Kigali, igiciro ku modoka zitwara abagenzi cyavuye kuri 20 kuri Kilometero imwe kigera kuri 22, naho imodoka iva mu mujyi umwe ijya mu wundi cyavuye kuri 19 kuri Kilometero kigera […]

Mukasarasi wahembwe na USA azarihirira kaminuza abana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu muri jenoside

Umunyarwandakazi Mukasarasi Godelieve, ni umwe mu ndashyikirwa 10 zahawe igihembo na Guverinoma ya Amerika kubera ibikorwa by’indashyikirwa bakoze mu guharanira uburenganzira bwa muntu, icyo gihembo ngo yiteguye kugifashishamo abana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu muri jenoside yakorewe Abatutsi. Aganira na BBC, uyu mugore avuga ko igihembo yagihawe kubera umuryango yashinzwe witwa SEVOTA wita ku […]

Menya icyo Pasika ivuze mu buzima bwa gikirisito

Luka 22:39-47 “Arasohoka ajya ku musozi wa Elayono gusenga” Bene data mbifurije Pasika nziza itari iy’umuhango(umugenzo) ahubwo twibuke Pasika dutekereza icyo ivuze mu mibereho yacu dutekekereza ku gakiza Yesu yaduhaye n’icyo twakora ngo dufatanye na Yesu mu rupfu rwe. Muri Luka 22:7-13, urasanga Yesu yarategetse gutegurira ibya Pasika mu cyumba cyo hejuru. Bisobanuye ko ashaka […]

Umuyobozi mukuru wa polisi ya Sudani y'Epfo yagiriye uruzinduko mu Rwanda

Umuyobozi mukuru wa polisi ya Sudani y’Epfo yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rugamije gushimangira imikoranire myiza hagati ya polisi z’ibihugu byombi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Werurwe 2018, nibwo uyu muyobozi wa Polisi ya Sudani y’Epfo, IGP Gen.Majak Akec Malok yakiriwe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. […]

Hussein Radjabu yagizwe umuyobozi wa FOREBU igamije guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza

Umunyapolitiki Hussein Radjabu wabaye umuyobozi w’ishyaka CNDD- FDD imyaka myinshi, nyuma akaza kwitandukanya naryo, yagizwe umuyobozi w’umutwe wa FOREBU uvuga ko ugamije kuvana ku buyobozi Perezida Nkurunziza. Ibi byatangarijwe mu mwiherero w’abarwanashyaka ba Forebu wabaye ku wa 23 Werurwe 2018, akazajya akorana na diregiteri mu bya politiki ndetse n’umugaba mukuru w’ingabo, batatangaje amazina ariko bita […]

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyateje mu cyamunara itabi ry’uruganda rw’umuryango wa Assinapol Rwigara. Iryo tabi ryagurishijwe kuri miliyoni 512 z’amafaranga y’u Rwanda. Ariko muri icyo gikorwa uhagarariye umuryango aterana amagambo n’umuhesha w’inkiko. Anne Rwigara uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi bw’umuryango avuga ko atanyuzwe n’igiciro. Avuga ko […]

Burera: Abantu batandatu bafashwe na polisi bagerageza kwiba banki y'abaturage

Polisi y ’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, yataye muri yombi abantu batandatu bari bafite umugambi wo kwiba Banki ariko urabapfubana.  Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko hari saa saba […]

DRC: Inyeshyamba za ADF zishe abantu 11

Inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF ( Allied Democratic Force) zishe abantu 11 muri Beni mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakozi bashinzwe uburenganzira bwa muntu muri ako gace babwiye Reuters ko abo barwanyi bari birwaje imihoro n’amashoka. Ubuyobozi butangaza ko abaturage barenga 1000 bamaze kwicwa mu bitero nk’ibi kuva 2014. […]

Uganda: Amaradiyo 23 yafunzwe azira gushyigikira ubupfumu

Kuri uyu wa 27 Werurwe 2018, Komisiyo y’igihugu y’itumanaho muri Uganda, UCC ( Uganda Communication Commision) yahagaritse amaradiyo 23 azira kwamariza abakora umwuga w’ubupfumu bifatwa nko ‘kubashyigikira’. Umuvugizi wa UCC, Pamela Ankunda yatangaje ko aya maradiyo bayihanangirije mbere y’uko bayafunga ariko aranangira. Uyu muvugizi yongeyeho ko abanyamakuru bakwiye guhugurwa bakamenya ibyemewe gukorwa n’ibitemewe kugira ngo […]

Amerika: Donald Trump yirukanye abanya Liberia babaga muri Amarika

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko bahagaritse gahunda yo kwemerera abaturage bo muri Liberia kuba muri Amerika nk’impunzi. Abanya Liberia babaga muri Amerika muri gahunda yiswe’’ Deferred Enforcement Departure’’ kuva 1999 ubwo muri Liberia hari hariyo intambara hagati y’abaturage ndetse n’amakimbirane byahitanye abantu benshi. Iyi gahunda yatangiye ku ngoma ya Bill Clinton yemereraga abanya […]

APR FC yihanije Gicumbi FC, iyinyagira imvura y'ibitego bine

Ikipe ya APR FC yatsinze Gicumbi FC yo mu Ntara y’Amajyaruguru ibitego 4-0 iyisanze iwayo, muri “Azam Rwanda Premier League” . Ni umukino wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, ikipe ya APR ibasha kunyagira Gicumbi imbere y’abafana bayo, iyi ntsinzi ikaba iyihesheje gusoza imikino ibanza iri ku mwanya wa […]

Kigali: Amakarito y'itabi y'umuryango wa Rwigara yagurishijwe mu cyamunara miliyoni 512

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro (Rwanda Revenu Autority) cyateje cyamunara itabi ry’uruganda ‘Premier Tabaco Company; rw’uwahoze ari umucuruzi ukomeye, Assinapol Rwigara, wapfuye mu 2015. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, nibwo iri tabi ryagurishijwe amafaranga y’u Rwanda miliyoni 512, nyuma y’aho ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kibashinje kunyereza imisoro. Amakarito yabarirwaga agaciro k’amafaranga y’u Rwanda […]

Nyamagabe: Urukiko rwemeje gufunga iminsi 30 y’agateganyo babiri bakekwaho gucuruza abantu

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe, bwasabiye gufungwa by’agateganyo mu gihe cy’ ukwezi  abantu babiri  bakekwaho icyaha cyo gucuruza abantu, kuri uyu wa Mbere ushize,  itariki 26 Werurwe 2018. Ni nyuma y’aho kuwa 09 Werurwe 2018, umwe muri bo  yafatanywe Abarundikazi babiri yari ajyanye mu gihugu cya Kenya aho bari buve berekeza mu gihugu cya Arabia […]

Ibyamamare 10 byahuye n'ibyago byo kwandura agakoko ka sida

Sida ni kimwe mu byorezo byica abantu benshi ku Isi giterwa n’agakoko ka VIH. Hashize imyaka isaga 30 igaragaye ariko imaze guhitana abantu basaga miliyoni 36. Agakoko gatera sida kakaba kagaba igitero ku bwirinzi bw’umubiri wa muntu kakabusenya bikarangira uwakanduye apfuye. Gusa, iki si icyorezo gitoranya abo cyibasira kuko n’ibyamamare kitabitinya kuko hari byinshi byahitanywe […]

Burundi: Mu rugo rw’umuturage hatahuwe imbunda 3, amasasu 801 n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Igipolisi cy’u Burundi cyasatse urugo rumwe rw’umuturageg gisangamo imbunda eshatu n’udusanduku turimo amasasu 801, gerenade ebyiri hamwe n’ibindi bikoresho bya gisirikare. Ibi bikoresho byafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, mu rugo rw’umuturage ruri muri karitiye ya Mutanga Nord, mu Mujyi wa Bujumbura, ku muhanda nimero 62. Abaturage batuye […]

Rwamagana: Abagore basaga 60% baboneza urubyaro bakimara kwibaruka

Mu karere ka Rwamagana abaturage bamaze kumenya akamaro ko kuboneza urubyaro, ku buryo umubyeyi abikora mbere y’uko ava mu bitaro adategereje indi minsi. Ibi biva mu bukangurambaga bukorwa n’abajyanama b’ubuzima, abayobozi n’abakozi bo kwa muganga. Uko imibare ibigaragaza, mu cyumweru gishize kiva kuwa mbere tariki 12 kugeza ku cyumweru tariki 18 Wwerurwe, mu karere ka […]

Uganda: Igipolisi cyohereje muri Afurika y’Epfo abajya gufata ukekwaho kwica Suzan Magara

Abapolisi bakuru bashinzwe iperereza ba Uganda berekeje muri Afurika y’Epfo gufata umuntu bikekwa ko yateguye iyicwa rya Suzan Magara, wari umubitsi w’ikaragiro rya Buwendero Dairy ryo mu Karere ka Hoima. Ni nyuma y’aho perezida Museveni ahamagariye mugenzi we Cyril Ramamphosa bakavugana kuri iki kibazo nyuma yo kumenya ko uyu muntu yari yihishe muri iki gihugu. […]

Naboneje urubyaro nshaka kubanza kugerageza umugabo wanjye, twabanye mbona ajagaraye mu mutwe, ubu yabimenye none umuriro watse- NKORE IKI?

Ndabaramukije, nitwa Solange 
. Nkaba maze umwaka mbana n’umugabo, twashakanye umwaka ushize ariko nta mwana twari twabyarana n’ubwo bwose navuga ko nabigizemo uruhare. Dukundana mbere, yari umusore witonda cyane, na njye mwiyumvamo bidasanzwe, ariko nza kumenya amakuru ko icyo ankeneyeho ari imitungo, ayo makuru nagiye nyumva nkabifata uko, ariko tumaze gusezerana nagiye nkeka byinshi. Umugabo […]

Bugesera: Barasabira imigisha abikorera  bashora mu rwego rw’ubuzima

Ibitaro,  menshi mu mavuriro na Posite de Sante mu Karere ka Bugesera byubatswe n’abikorera ku giti cyabo harimo n’abihaye Imana, nyamara bagatanga serivisi zisa n’izitangwa n’ibigo bya Leta. Muri aka karere, Posite de santĂ© 54 zose ni iz’abikorera, ariko zakira abitwaje Mituweli barenga 98%. Abazigana bavuga ko zibafatiye runini, bagasabira imigisha abazishinze  bitanze, ndetse bakifuza […]

Kamonyi: Abarimu bahawe akazi n’akarere ibigo boherejweho birababurabuza

Abarimu bahawe akazi n’akarere ka Kamonyi, bakomeje kuburabuzwa n’ibigo boherejweho, akarere n’abanyamadini babihagarariye bakitana ba mwana ko batabizi. Ku wa 2 Gashyantare 2018, nibwo abarimu 3 bahawe amabaruwa n’akarere ka Kamonyi, abemerera kujya kuba abayobozi bashinzwe amasomo mu bigo bya GS Kayumbu kiri mu murenge wa Kayumbu ndetse na GS Ntwari na Kirwa biri mu […]

Monusco yongerewe igihe cyo kuguma muri Congo

Akanama k’amahoro n’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kongereye igihe ibikorwa bya MONUSCO  muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe muri iki gihugu hakomeje kwitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu ategerejweho gusezerera perezida Joseph Kabila. Uyu mwanzuro wateguwe n’igihugu cy’u Bufaransa ukemezwa n’ibihugu byose, wongereye Monusco igihe kugeza muri Werurwe umwaka utaha wa 2019 kandi yongererwa inshingano zo kurinda […]

Inzego z’umutekano za Uganda zaba zubuye ibikorwa byo guta muri yombi Abanyarwanda?

Inzego z’ubuyobozi mu gihugu cya Uganda ngo ziri gukora iperereza ku ibura ry’Umunyarwanda waburiye muri iki gihugu mu gihe hari haciye kabiri hatumvikana amakuru y’ibura cyangwa itabwa muri yombi ry’Abanyarwanda I Kampala cyangwa ahandi nk’uko byari bimeze kuva mu mpera z’umwaka ushize . Beatrice Nyirahabimana, umugore w’uyu Munyarwanda witwa Claude Iyakaremye, avuga ko umugabo we […]

Hakomeje kwibazwa irengero ry’Umunya-Afurika y’Epfo wabaga mu Rwanda

Umuryango n’inshuti z’Umunya-Afurika y’Epfo wakoreraga mu Rwanda mu bintu bijyanye no kwamamaza witwa Leon Orsmond bakomeje kwibaza irengero rye nyuma y’ukwezi bavuga ko gushize abuze. Uyu mugabo w’imyaka 60 bivugwa ko yari amaze imyaka 8 aba mu Rwanda, ngo baheruka akanunu ke mu kwezi kwa kabiri hagati. Aba ngo bakaba bafite impungenge z’uko yatawe muri […]

Rusizi: Meya Harelimana arasaba ba gitifu b’imirenge gukorana neza n’itangazamakuru

Mu kiganiro umuyobozi w’akarere yagiranye n’ibitangazamakuru binyuranye bikorera mu Rwanda, yagarutse ku byigeze kumuvugwaho ko yaba abuza abaturage kuvugana n’abanyamakuru, aboneraho gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge gutangira gukorana neza naryo. Ku byerekeranye no gukorana n’itangazamakuru, uyu muyobozi yavuze ko adashobora na rimwe kubangamira itangazamakuru nk’uko byigeze kumuvugwaho mu minsi yashize. Agira ati ’’twebwe dukorana neza n’itangazamakuru […]

Burundi: Aloys Baricako wo mu ishyaka RANAC rirwanya ubutegetsi yatawe muri yombi

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi rya RANAC ( National Gathering for Change) Aloys Baricako, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo ahatwe ibibazo. Baricako yatawe muri yombi ari kumwe n’abandi barwanashyaka be mu mujyi wa Gitega. Umuvugizi w’ishyaka rya RANAC George Nikiza yemeje aya makuru agira ati ’’Inzego z’umutekano muri Gitega zaduhamirije ko […]

Hafunguwe urubuga rw'ubushakashatsi muri siyansi y'Afurika

Inama yiga ku iterambere ry’Ubumenyi (Science), Next Einstein Forum, iri kubera i Kigali yafunguwe kuri uyu wa 27 Werurwe 2018 , ikinyamakuru cya mbere kizajya gihuza abahanga mu by’ubumenyi muri Afurika cyiswe “Scientific African” gifatwa nk’urubuga rwo kwigaragarizaho, kikaba n’ihahiro ry’ubumenyi. Umuyobozi w’umuryango wa Elsivier, wibanda ku bushakashatsi mu bumenyi, ubuzima n’ikoranabuhanga mu bihugu bitera […]

USA yafatiye ibihano ibigo 7 bikora intwaro

Leta zunze ubumwe za Amerika zafatiye ibihano ibigo 7 bicura intwaro muri Pakistan, byimwa uburenganzira bwo gukora ubucuruzi mpuzamahanga. Ibi bigo birazira gucuruza intwaro za kirimbuzi kandi no kuzikora ubwabyo bitemewe. Ni nyuma y’uko iki gihugu gitangiye gushinjwa ko gifasha abagaba ibitero muri USA hamwe n’ibindi bihugu byifatanya na Pakistani mu ntambara na Afghanistan. Radio […]

Polisi y'u Rwanda n'itangazamakuru mu kurushaho guteza imbere imikoranire myiza

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Werurwe, Polisi y’u Rwanda, urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe uburezi (UNESCO)  bahuriyemu biganiro nyunguranabitekerezo byo kurebera hamwe   ingamba zo gukomeza imikoranire hagati ya Polisi n’itangazamakuru; hagamijwe inyungu rusange z’abaturage.  Ubwo yatangizaga ibi biganiro, ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu […]

DRC: Biyemeje gutegura amatora y'umukuru w'igihugu nta nkunga y'amahanga bahawe

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iratangaza ko iigiye gukora amatora y’umukuru w’igihugu itifashishije inkunga z’amahanga nkuko byahoze mu myaka yashize. Muri Congo amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe ku wa 23 Ukuboza 2018. Umuvugizi wa Leta Lambert Mende yabwiye AFP ko igihugu gifite amafaranga ahagije yo gutegura amatora ku buryo batazakenera inkunga z’ibindi bihugu. Yagize […]

Kuba ”Inkubito y’icyeza” bijyana no kugira uburyo n’imitekerereze izana impinduka n’ibisubizo — Jeannette Kagame

“ Kuba ”Inkubito y’icyeza” si ukugira ubumenyi gusa, ahubwo bijyana no kugira uburyo n’imitekerereze izana impinduka n’ibisubizo ababyeyi, igihugu cyanyu n’umugabane turimo, tubatezeho ” ibi ni ibyatangajwe n’umufasha w’umukuru w’igihugu, Jeannette Kagame I Nyamagabe mu muhango wo guhemba abana b’abakobwa b’abanyeshuri bitwaye neza mu bizamini bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange, amashuri yisumbuye n’amashuri y’ubumenyi-ngiro mu […]

Abakobwa babiri bafashwe na nyina basambanya umurambo wa se

Umugore yafashe abakobwa be babiri, uw’imyaka 18 na 21 bagerageza gusambanya se wari umaze umwanya muto apfuye. Aba bakobwa bafatiwe mu ishyamba rya Californie  muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu bakaba barahamwe n’icyaha cyo gushaka kwishimisha ku murambo bawushinyagurira, bakaba barakatiwe igifungo cy’imyaka 15. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Africanews, gitangaza ko aba bakobwa ubwo bagezwaga […]

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa

Umugandekazi witwa Animu Risasi Afekuru, bivugwa ko yabonye ubwenegihugu bwa Sudani y’Epfo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuri uyu wa Mbere yirukanwe mu buryo butunguranye aho yakoraga mu biro bya visi perezida, Gen. Taban Deng. Ibi bikaba byabaye nyuma y’iperereza ryakozwe n’itangazamakuru ryo muri Sudani y’Epfo rigasanga ibiro byo ku rwego rwo hejuru mu gihugu byarakoreshaga […]

Ubuzima bwa Kidum Kibido buri mu mazi abira

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka mu Burundi, Nimbona  Jean Pierre uzwi ku izina rya Kidum, yitangarije ko ubuzima bwe buri mu kaga. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, Kidum yavuze ko yahawe uburozi n’abanzi be badashaka ko abaho. Ati  “Ndi mu byago, ndakeka ko naba narahawe uburozi’’ . Kidum yavuze ko abanzi be bashatse kumwivugana kuva kera […]

Amerika yirukanye Abadipolomate 60 b'u Burusiya

Ku wa Mbere tariki ya 26 Werurwe 2018, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yategetse ko abahagarariye u Burusiya muri Amerika bagera kuri 60 birukanwa. Ibi bije nyuma y’uko u Burusiya bushinjwa kuroga uwahoze ari maneko w’u Burusiya, Sergei Skripal n’umukobwa we Yulia mu gihugu cy’u Bwongereza. Gusa u Burusiya buhakana ko […]

Mu Rwanda, turacyakomeje kubaka uburezi budaheza kandi bufite ireme- Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, avuga ko mu Rwanda hashyizwe imbere uburezi budaheza. Ku munsi wa kabiri w’Ihuriro ryiswe ‘Next Einstein Forum’ ririmo kubera i Kigali, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Werurwe 2018, rifite insanganyamatsiko igira iti ‘kubaka umusingi w’ubukungu bushingiye ku bumenyi’, Perezida Kagame […]

Ubutumwa bugenewe abanyeshuri mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24

Uruhare rwa mbere rw’uburezi mu gukumira jenoside ni ukwigisha abana b’Abanyarwanda kwitandukanya burundu n’ingengabitekerezo ya jenoside, bagasobanurirwa impamvu yo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 banazirikana ubutwari bw’ingabo za RPF-Inkotanyi zahagaritse iyo jenoside mu Rwanda n’abandi babaranzwe n’ibikorwa by’indashyikirwa nk’Abarinzi b’Igihango. Ibi akaba ari ibikubiye mu butumwa minisiteri y’uburezi yageneye abanyeshuri […]