Dr. Ntirushwa yakebuye abitana bamwana mu gihe batarabona urubyaro

Dr. Ntirushwa David umuganga mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK   avuga ko bidakwiye ko umugabo n’umugore bitana bamwana mu gihe batarabona urubyaro, ahubwo ko hari ibyo bombi baba batuzuza neza. Kuba hari abashyira igitutu ku bamaze gushakana bamaze igihe kitagera ku myaka ibiri batarabona urubyaro,abakurikiranira hafi iby’ubuzima bavuga ko atari byo kuko nta shingiro […]

RDC: Inyeshyamba zitari zizwi za CODECO zishe abantu batanu

Abantu batanu bishwe amatungo menshi arasahurwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Nyakanga bikozwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa CODECO, mu giturage cya Tchusa, groupement ya Buku, sheferi ya Bahama-Nord muri teritwari ya Djugu, ho mu burasirazuba bwa Congo. Perezida wa Sosiyete Sivile y’aha witwa DĂ©sirĂ© Banza […]

Uganda: Abanyarwanda 40  bafashwe bari ‘baranze’ kwimenyekanisha mu nzego z’ibanze

Abaturage b’agace ka Besania, muri Kibuye muri Rubaga mu Mujyi wa Kampala bavuga ko Abanyarwanda bafashwe bashinjwa kuba intasi bari baranze gutanga ibyangombwa bibaranga mu nzego z’ibanze za Uganda. Ubusanzwe, iyo umuturage wa Uganda yakiriye umushyitsi abimenyesha inzego z’ibanze z’aho atuye ( babyita kwiyanzuza). Umuyobozi Ushinzwe Umutekano mu gace ka Besania ahari urusengero rwa ADEPR […]

Abapolisi basaga 100 batanze amaraso yo gufasha abarwayi

Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi gukorwamo ibikorwa byinshi bitandukanye birimo kubaka ibiro by’imidugudu itarangwamo ibyaha, kubakira abatishoboye, gutanga ubwisungane mu kwivuza, kugabira abantu, gutanga amatara n’amazi ndetse hakiyongeraho n’igikorwa cyo gutanga amaraso. Ibi byose Polisi ibikora mu rwego rwo kurushaho kuzamura imibereho myiza y’abaturage no gushimangira ubufatanye hagati yayo n’abaturage. Ni muri urwo rwego mu […]

RDC: Minisitiri w’ubutabera yakubitiwe mu myigaragambyo ajyanwa mu bitaro

Abayoboke b’ishyaka UDPS, riri ku butegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Mbuji, mu Ntara ya Kasai-Oriental kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 24 Nyakanga bigabije imihanda banibasira minisitiri w’ubutabera w’intara arakubitwa ajyanwa mu bitaro. Abigaragambya basabaga gusubiza muri guverinoma y’intara umuntu wabo witwa Boniface Kapena. Kuri uyu munsi bivugwa ko wari uwa kabiri […]

IBITEKEREZO BYAWE BISHUSHANYA IKARITA IGOMBA KU KUYOBORA-Rev. Nibintije

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Ibitekerezo byawe igihe cyose biba bitegereje ko ubibwira icyo ushaka kuba cyo, cyangwa uko ushaka ko […]

Lt. Gen. Henry Tumukunde mu bazahatana na Museveni mu matora

Lt. Gen. Henry Tumukunde wahoze ari Minisitiri w’Umutekano muri Uganda yavuze ko ashobora kuzahatana na Museveni n’abandi mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2021. Lt. Gen.Tumukunde yatangiye mu buryo buri wese atakekaga ko yagera kuri uru rwego. Nk’uko Chimp Reports ibivuga, yatangiye avuga ko aziyamamariza umwanya wa meya w’umugi wa Kampala. Yagiye ahura n’imiryango itandukanye […]

Abajura baretse inka bahitamo kwiba amata yazo

Ubusanzwe twumva ngo abajura baje, batera urugo runaka biba amafaranga, ibikoresho by’agaciro, umutungo ndetse n’amatungo harimo n’inka ariko muri Kenya ho bari gutungurwa n’ukuntu aba bajura baza bagakama inka zabo, bagacyura amata gusa inka bazisize. Ni abasambo bari basanzwe biba inka mu gace ka Kinangop muri Nyandarua. Abaturage batangiye  gutungurwa no kubyuka bagasanga inka zabo […]

Goma: Impanuka y'ikamyo itwaye ubuzima bw'abacuruzi 14, inkomere ni nyinshi

Ku mugoroba w’uyu wa 25 Nyakanga mu mugi wa Goma habaye impanuka y’imodoka, abantu 14 bahasiga ubuzima, abandi bakomereka bikomeye. Inkuru ya Radio Okapi ivuga ko ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yavaga ku kibuga cy’indege cya Goma, irayoba isanga abacuruzi bacururizaga imbere y’inzu ibikwamo ibicuruzwa. Ikimara kubagonga, umunani bahise bapfa, abandi batandatu bapfa nyuma […]

 Dar Es- Salaam : Urusaku rwo mu kabari rwagabanyije ubushake bwo gutera akabariro ku bagabo

Ubushakashatsi bwakorewe mu gihugu cya Tanzania bugaragaza ko urusaku rwo mu kabari rugira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu cyane ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ku bagabo batuye mu Mujyi wa Dar Es-Salaam. Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Kurinda no Kurengera Ibidukikije (NEMC), itangaza ko  ubushakashatsi yakoze bwagaragaje ko urusaku rukabije ruba mu tubari rugabanya ubushake bwo gutera […]

Jinja: Abasekirite bagerageje kwiba ishami rya KCB bari bashinzwe kurinda

Igipolisi mu Karere ka Jinja mu gihugu cya Uganda cyatangiye guhiga bukware abashinzwe umutekano babiri b’ikigo cyigenga kitwa Pinnacle Security Limited, bari bashinzwe kurinda ishami rya banki ya KCB muri aka karere, kuri uyu wa Gatatu batunze imbunda abakozi ba banki bashaka kuyiba nk’uko tubikesha Chimpreports. Nta muntu n’umwe wakomerekeye muri iki gikorwa cyapfubye cyo […]

RCS  yavuze ku ‘myigaragambyo’ yo muri Gereza ya Mageragere, n’ikubitwa ry’umunyamakuru Mugabe

Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza mu Rwanda (RCS) rwagize icyo rutangaza ku byatangajwe ko habaye imyigaragambyo yamagana amategeko y’umuyobozi mushya wa Gereza ya Nyarugenge (Mageragere), CSP Kayumba  ndetse n’ikubitwa rikomeye ry’umunyamakuru, Robert Mugabe. Mu minsi ishize, ibinyamakuru byo hanze byatangaje ko habaye ugutana mu mitwe hagati y’abacungagereza bafatanyije  na polisi n’abagororwa. Muri uku guhangana ngo ni nabwo […]

Minembwe: Col Katembo washinjwaga gutanga intwaro zicaga Abanyamulenge yasimbujwe Col. Zayirwa

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko giherutse gusimbuza Col Honore Katembo, wari umuyobozi w’ingabo i Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, washinjwaga guha umutwe wa Mai-Mai intwaro zakoreshejwe mu kwica Abanyamulenge mu makimbirane hagati y’amoko aherrutse kuvugwa mu minsi ishize, asimbuzwa uwitwa Col. Zayirwa. Ibi ngo byaje bikurikira gutakamba kw’aba baturage b’Abanyekongo bo […]

Umukambwe BĂ©ji CaĂ ÂŻd Essebsi wayoboraga Tunisia yatabarutse ku myaka 92 y’amavuko

Perezida wa mbere wa Tunisia watowe binyuze muri demokarasi, umukambwe BĂ©ji CaĂ ÂŻd Essebsi w’imyaka 92 kuri uyu wa kane yitabye Imana nk’uko byatangajwe na perezidansi y’iki gihugu. Ni nyuma y’uko yari yakiriwe mu Bitaro bya gisirikare bya Tunis kubera uburwayi bwakomeje kumugendaho kuva mu kwezi gushize nk’uko umuhungu we yabitangaje. Perezida BĂ©ji CaĂ ÂŻd Essebsi yari […]

Icyo u Rwanda ruvuga ku itabwa ku ifatwa ry’abaturage barwo 40 muri Uganda

U Rwanda rurasaba ibisobanuro Uganda ku itabwa muri yombi ryubuye ry’Abanyarwanda baba muri iki gihugu gituranyi mu Majyaruguru. Kuwa Kabiri w’iki cyumweru, Abanyarwanda 40 barafashwe bakekwaho kuba intasi z’u Rwanda. Ibinyamakuru byo muri Uganda byavuze ko aba bitwikiriye idini ya ADEPR ariko ngo ari intasi. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe Umuryango wa […]

Guseka ni umuti ukenera gufata buri munsi- Rev. Nibintije

  Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Mugenzi wanjye, Imigani 17:22 Umutima unezerewe ni umuti mwiza, ariko umutima ubabaye umutera konda ( […]

Umwe mu bayobozi ba Uganda yashyize mu majwi abadipolomate b’u Rwanda i Kampala

Abanyarwanda byibuze 40 baherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI, barashinjwa ibyaha by’ubutasi nk’uko umwe mu bayobozi bakuru yabitangarije Chimpreports muri iki gitondo cyo kuwa kane yemeza ko abadipolomate b’u Rwanda i Kampala babigiramo uruhare.Umuyobozi w’u Rwanda wagize icyo avuga ariko we arabihakana akavuga ko ari inzirakarengane zafashwe. Mu gitondo cyo […]

RDC: Leta irashinjwa kuba yatangiye kwimana amakuru kuri Ebola

Ibinyamakuru byo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu byabyutse byinubira ko bitagihabwa amakuru ku cyorezo cya Ebola cyayogoje uburasirazuba bw’igihugu. Ubusanzwe, minisiteri y’ubuzima yoherezaga ubutumwa bwa e-mail ivuga uko byifashe buri munsi. Ubwo butumwa bwohererezwaga ibitangazamakuru, inzego za leta zitandukanye, inzego n’imiryango mpuzamahanga bafite uruhare mu rugamba rwo kurwanya Ebola. Ariko […]

Ruhango: Polisi yafashe uwiyitaga umukozi wa compassion international akambura abaturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango mu murenge wa Kinazi kuri uyu wa 24 Nyakanga, yafashe umugabo witwa Karake Innocent w’imyaka 44 y’amavuko wabeshyaga abaturage avuga ko akorera umushinga wa compassion International akabasaba amafaranga kugira ngo abandikire abana muri uwo mushinga. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Karekezi […]

U Bufaransa n’u Burundi mu mubano mushya nyuma y’imyaka 4 birebana ay’ingwe

Igihugu cy’u Bufaransa n’u Burundi byasubukuye umubano hagati yabyo wari wajemo agatotsi kuva mu 2015 nyuma yo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza kwakurikiwe n’imvururu zaguyemo Abarundi batari bacye abandi bagahunga igihugu. U Burundi bukaba bwarakunze gushinja u Bufaransa gushyigikira abashatse guhirika ubutegetsi. Nyuma rero y’aho minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Ezechiel Nibigira akoreye uruzinduko […]

Kenya: Abakobwa 3 b'abanyeshuri bagerageje kuroga bagenzi babo bapfa umuhungu

Abanyeshuri batatu b’abakobwa bigaga mu ishuri rya Makueni Girls High School muri Kenya, birukanywe bazira kugerageza kuroga bagenzi babo babaziza kwambura umwe muri bo umusore bakundanaga. Aba bakobwa bose bafite imyaka 15 y’amavuko bafashe uburozi bw’ibinyabutabire (produits chimiques) bibye muri ‘laboratoire’ y’ishuri, bashaka kubuvanga n’amafunguro ya saa sita yateguriwe abanyeshuri. Aya makuru yemezwa na Dorcas […]

Diamond yinjije miliyari 3 mu gihe kitageze ku mezi atanu ate?

Umuhanzi Abdul Nasib Juma uzwi nka Diamond Platinumz yinjije miliyari eshatu z’amashilingi ya Tanzania mu minsi 150. Aya mafaranga tuyashyize mu manyarwanda, asaga miliyoni 397.5. Diamond yose ayakesha ibitaramo akora bitandukanye. Mu gitaramo kimwe, uyu muhanzi ntiyagiye aburamo miliyoni 100; ni ukuvuga ko aya ari yo mafaranga make yakuye mu bitaramo. Ugiye kuzivunja mu manyarwanda, […]

Nyanza/Kenya: Abagabo badasiramuye barashakishwa

Leta ya Kenya yatangije ubukangurambaga bushakisha abagabo badasiramuye b’ahitwa Nyanza kuko ibafata nk’abagira uruhare runini mu gukwirakwiza Virusi ya SIDA. Kuri ubu iki gikorwa kiri gukorerwa mu duce tune tugize Nyanza ariko kikaba kizakomereza n’ahandi mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo. Minisiteri y’Ubuzima y’Iki gihugu yifashishije Ikigo Gishinzwe Gukangurira Abagabo Kwisiramuza ku Bushake ( VMMC) […]

Umugabo yafatiwe mu mabandi yasahuraga kwa sebukwe na nyirabukwe arimo abahata ikiboko

Makonda Kbdul Kalim w’imyaka 34 y’amavuko yafashwe n’inzego z’umutekano ubwo yari ayoboye itsinda ry’amabandi ane yari yagabye igitero kwa sebukwe, nyuma yo gusabayo inguzanyo akayimwa. Umuyobozi w’umujyi wa Mbeya uherereye mu Majyepfo ya Tanzania, David Mwashilindi, yatangarije itangazamakuru ko Makonda yari amaze ibyumweru bitatu ategura uyu mugambi mubisha wo kugaba igitero kwa sebukwe. Ati “Inzego […]

Umwana w'imyaka 8 yishe mugenzi we

Mu ntara ya Morogoro muri Tanzania, umwana w’imyaka 8 y’amavuko yishe uw’umwaka umwe n’amezi 7 y’amavuko akoresheje umuhoro. Ibi byabaye ku wa 21 Nyakanga, 2019 mu giturage cya Hembeti, mu karere ka Mvomero muri iyi ntara. Umurambo w’uyu mwana, Greyson Valentino bawusanze mu isambu y’ababyeyi b’uyu mwana wishe. Umuyobozi wa polisi mu ntara ya Morogoro, […]

Abaturiye Pariki ya Nyungwe basobanuriwe inyungu ibafitiye

Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’iterambere(RDB) n’ubw’akarere ka Nyamasheke  buvuga ko bwishimira uburyo abaturiye Pariki y’igihugu ya Nyungwe ku gice giherereye muri aka karere bayibungabungira umutekano nyuma y’aho Leta yemereye abaturiye amapariki  kujya babona ku byiza bituruka ku bukerarugendo, bityo bukaba bubasaba kurushaho kuyifata nk’iyabo. Babisabwe ubwo mu  mudugudu wa Rwumba,akagari ka Buvungira,mu murenge wa Bushekeri muri […]

Gatenga: Bahangayikishijwe n'abagizi ba nabi bategera abantu mu gashyamba 

Abatuye mu Kagari ka Karambo ko mu murenge wa Gatenga barasaba ubuyobozi  ko bwashyira amatara mu inzira iri mu gashyamba kari mu Mudugugu wa  Kamabuye, mu rwego rwo guhangana n’abagizi ba nabi bahategera abantu. Ibi biravugwa mu gihe kuri uyu wa mbere hasanzwe umurambo w’umusore, kugeza ubu ntiharamenyakana icyamwishe. Abaturage bavuga ko haba abasore bambura […]

Bobi Wine yatangaje ku mugaragaro ko azahatana na Museveni mu matora yo mu 2021

Umunyapolitiki mushya muri politiki ya Uganda ariko uhangayikishije ubutegetsi bw’ishyaka NRM, Robert Kyagulanyi, uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Nyakanga yatangaje ku mugaragaro ko azahatana na Perezida Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2021. Depite, Kyagulanyi yagize ati: “Mu izina ry’abaturage ba Uganda, nzahangana nawe (Museveni) mu […]

Perezida w'Inteko Nshingamategeko ya Misiri yasuye u Rwanda- AMAFOTO

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko wa Misiri, Dr Ali Abdel Aal ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi Ine, aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi barimo Perezida wa Sena y’u Rwanda, Makuza Bernard na Perezida w’Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda, Mukabalisa Donatille. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga 2019, yakiriwe na Perezida w’Umutwe w’Abadepite, […]

Tanzania: Imirwano hagati y’abapolisi n’abarobyi yaguyemo umupolisi n’abaturage batatu

Umupolisi umwe n’abaturage batatu biciwe mu mirwano hagati y’abashinzwe umutekano n’abaturage bashinjwa uburobyi butemewe n’amategeko mu Kiyaga cya Victoria. Iki kiyaga biravugwa ko kimwe n’ibindi byo mu karere byugarijwe no kubirobamo gukabije gukunze guteza umwiryane hagati y’abarobyi n’ubuyobozi. Guverineri wa Mwanza, John Mongella, yabwiye ITV ko imirwano yadutse kuri uyu wa Mbere ushize, hagati y’abapolisi […]

Umukinnyi w'iteramakofe yayahaswe ku bwinshi bimuviramo gupfa- AMAFOTO

Icyamamare mu mukino w’iteramakofe, Maxim Dadashev wari ufite imyaka 28 y’amavuko, agakomoka mu gihugu cy’u Burusiya, yakubiswe birangira ubuzima bwe abuburiye mu kibuga. Maxim yahaswe ibipfunsi na Subriel Matias ku wa 19 Nyakanga 2019, mu mukino bakiniye i Maryland. Ajyanwa mu bitaro kwitabwaho n’abaganga ariko ashiramo umwuka ku wa Kabiri tariki ya 23 Nyakanga. Nk’uko […]

Imbonerakure ishinjwa gutegura umugambi wo kurwanya manda ya 4 ya Nkurunziza yaburiwe irengero

Umwe mu Mbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, amaze ibyumweru bibi yaraburiwe irengero, bityo ngo akaba yateguraga rwihisha umugambo wo kuzarwanya manda ya Kane ya Nkurunziza mu gihe yazaba yiyamamaje. Iyi Mbonerakure yitwa Jean-Marie Harerimana, akaba asanzwe ari umucuruzi mu Ntara ya Gitega. Amakuru akavuga ko yari yatawe muri yombi na […]

Umunyamakuru wa TV1 waburiwe irengero ari mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda

Umunyamakuru Constantin Tuyishimire wakoreraga TV 1 ngo ari mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda nyuma yo kuburirwa irengero mu Rwanda mu cyumweru gishize. Umugore wa Tuyishimire witwa Placide Uwabasindi aherutse kubwira Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ko umugabo we yavuye mu rugo kuwa 17 Nyakanga 2019 agiye gutara inkuru mu Karere ka Gicumbi. Amakuru yizewe agera […]

Zhan Beleniuk, Umunya-Ukraine wa mbere ufite inkomoko mu Rwanda wabaye umudepite

Umunya-Ukraine w’imyaka 28 y’amavuko ufite inkomoko mu Rwanda, Zhan Vensanovych Beleniuk, yabaye umuturage wa mbere wa Ukraine w’uruhu ruvanze ubaye umudepite mu nteko ishinga amategeko y’iki gihugu. Uyu musore unakina imikino ngororamubiri by’umwuga akaba akomoka mu ishyaka rya Perezida Zelensky. Amatora y’abadepite muri Ukraine akaba yarabaye kuwa 21 Nyakanga 2019, ishyaka riri ku butegetsi ribasha […]

Numiwe, umugabo yifuje ko twajya dukora imibonano mpuzabitsina saa Sita, ngo nibwo azatera inda y’umuhungu

Yesu ashimwe nshuti duhurira kuri iki kinyamakuru, ntuye mu Ntara y’Amajyaruguru, nkaba ndi umubyeyi w’abana batanu bose b’abakobwa. Umugabo wanjye yakomeje kumbwira ko ibyo yasabwa byose yabitanga ariko akabyara umwana w’umuhungu, mwumvisha ko umwana wese ari nk’undi ariko ntabyumva. Ubu noneho yazanye igitekerezo cy’uko ngo iyo ukoze imibonano mpuzabitsina mu masaha y’amanywa bifasha gutera inda […]

Narwanyije Habyarimana, ndwanya Interahamwe, ubundi butegetsi ndwanya ni ubuhe? – Lt Joel Mutabazi

Mu rukiko rw’ubujurire kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Nyakanga 2019, Lt Joel Mutabazi yahakanye ibyaha ashinjwa birimo iby’iterabwoba areganwamo na bagenzi be barimo n’abavandimwe be, akemeza ko abamushinja bakoreshwa mu gihe atanazi ubutegetsi ashinjwa kurwanya. N’ubwo urukiko rw’ubujurire rwarangije iburanisha ry’ubujurire, Lt Mutabazi na bagenzi be baregwamo, hakaba hategereje umwanzuro w’urukiko, uyu musirikare […]

Gen Salim Saleh n’umukuru wa polisi wungirije ku rutonde rw’abantu bashobora kugirirwa nabi muri Uganda

Umwe mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi watawe muri yombi muri Uganda yahishuye umugambi wo kugirira nabi abayobozi bakuru  b’ingenzi mu gihugu barimo abaminisitiri, abadepite, n’abandi bayobozi bakuru muri guverinoma benshi. Nk’uko uwo mugizi wa nabi watawe muri yombi avuga, ngo yabaga mu gatsiko k’abagizi ba nabi kagizwe n’insoresore zibarizwa mu dutsiko tw’abagizi ba nabi […]

Ntabwo ndi umunyamahirwe mu rukundo, si ku bagabo- Anita Pendo

Umunyamakuru, umushyushyarugamba (MC), Anita Pendo atangaza ko we atavuga ko nta mahirwe afite ku bagabo ahubwo ko nta mahirwe afite mu rukundo. Uyu mubyeyi w’abana babiri yatangaje ibi mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Nyakanga, mu kiganiro Magic Morning afatanya na mugenzi, we Mulindwa Augustin. Muri iki kiganiro bagarutse ku buryo, hari igihe hagati […]

RDC: Umusirikare umwe n'abasivili 6 bishwe batemaguwe

Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Ituri umusirikare wa leta umwe n’abasivili batandatu bishwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Nyakanga batemaguwe . Ababishe ni inyeshyamba zarimo zihunga ingabo z’igihugu barimo barwana, nk’uko umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lieutenant Jules Tshikudi, yabitangarije ikigo ntaramakuru AFP cyo mu Bufaransa nk’uko Ijwi rya Amerika […]

Nyarugenge: Umugore yafatanwe udupfunyika turenga 600 tw’urumogi

Kuri uyu wa 22 Nyakanga, Police ikorera mu karere ka Nyarungenge mu murenge wa Kimisagara yafashe uwitwa Nikuze Zawadia w’imyaka 25 y’amavuko afite udupfunyika 616 tw’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi yavuze ko Nikuze yafashwe kubera amakuru yatanzwe n’abaturage kuko bari bamaze kumenya ko afite […]

Uganda:  40 bafashwe bashinjwa kuba 'intasi z’u Rwanda' zitwikiriye kuba muri ADEPR

Umukwabu wakozwe n’inzego n’urwego rw’igisirikare cya Uganda (CMI) ifatanyije n’ipolisi wafashe Abantu 40 bakekwaho kuba intasi z’u Rwanda ariko ngo bikingirije kuba abayoboke b’Itorero rya pentekokisiti (ADEPR) muri iki gihugu. Iki gikorwa cyabaye kuwa Kabiri w’iki cyumweru ahitwa Kibuye hafi n’Umurwa Mukuru Kampala, nk’uko ikinyamakuru Softpower, gikunze kuvugwaho kuba mu kwaha kwa Leta kibitangaza. Umwe […]

Agatima k'impunzi z'Abarundi ziri muri Tanzania kasubiye mu gitereko

Mu gihe impunzi z’Abarundi zari zihangayitse nyuma yo kubwirwa ko zigiye gucyurwa ku ngufu, Ishami rya ONU ryita ku mpunzi HCR riravuga ko nta mugambi uriho wa Leta ya Tanzania wo kuzicyura muri ubu buryo. Amwe mu mashyirahamwe ategamiye kuri leta y’u Burundi aherutse kwandikira ibaruwa leta ya Tanzania, HCR, umuryango w’ubumwe bwa Afurika n’umuryango […]

Ubutaliyani: Ababaswe na telefone bagiye kujyanwa mu bigo ngororamuco

Ubutaliyani bufite gahunda yo kujyana mu bigo ngororamuco ingimbi n’abangavu barara mu matelefone kubera ko ngo bibagiraho ingaruka z’umunaniro n’izindi nkurikizi. Byatangajwe na Minisitiri Vittoria Casa wavuze ko inteko ishinga amategeko yamaze gushyikiriza guverinoma iri tegeko. Daily Mail ivuga ko impamvu iiri tegeko rigomba kubahirizwa ari ukugira ngo ingimbi n’abangavu batava muri telefone no mu […]

Witegure kurera umwana wawe wenyine- Zari aburira umukunzi wa Diamond

Umugandekazi w’umuherwe Zari Hassan araburira umukunzi wa Diamond Platnumz ariwe Tanasha Donna ko agomba kwitegura hakiri kare kurera umwana we wenyine utaravuka azabyarana na Diamond mu gihe ibintu bidakomeje kugenda neza. Zari yakundanye na Diamond imyaka igera kuri itanu ndetse banabyarana abana babiri. Batandukanye tariki ya 14 Gashyantare 2018 ku munsi wahariwe abakundana. Gusa Zari […]

Amerika yasabwe gusobanura uburyo Trump yasibamo Afghanistan

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Afghanistan yasabye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gusobanura uburyo Trump yavuze ngo yasiba Afghanistan kuri iyi si. ” Afghanistan ntabwo yigeze kandi ntizemerera igihugu na kimwe cy’amahanga kuyigenera ahazaza habi. Ku bw’umubano ibihugu byombi bifitanye, turasaba ubusobanuro bwimbitse ku mvugo ya Trump.” Aya ni amagambo Sediq Sediqqi yatangaje. Kuri uyu wa […]

Boris Johnson yatsindiye kuba Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza

Boris Johnson yatowe n’abarwanashyaka b’ishyaka rya Conservative ahita aba na Ministiri w’intebe w’Ubwongereza. Yatsinze Jeremy Hunt ku majwi 92.153 ku 46.656 ya Bwana Hunt. Bwana Boris wahoze ari umuyobozi w’umujyi wa London, azasimbura Theresa May ku mwanya wa Minisitiri w’intebe ku wa Gatatu. Abarwanashyaka bagera ku bihumbi ijana na mirongo itandatu (160.000) bari bemerewe gutora […]

Mama yishe papa ndeba, ndamwibuka asamba ava amaraso- Ubuhamya bw’umwana wo muri Uganda

Hari ibitubaho tukiri bato bikatuguma mu mutwe rimwe na rimwe bikaba byanatugiraho ingaruka tumaze gukura kubera uburyo twabyakiriye muri twe. Umwana w’imyaka 10 aribuka ukuntu se yishwe na nyina, amukubise ishoka mu mutwe agahita apfira aho. Umukobwa w’imyaka 10 yahawe izina rya Jacqueline, akomoka mu gihugu cya Uganda, avuga ko se yishwe na nyina abireba, […]

Kirasa watozaga Kiyovu Sports yamaze gusinyira Rayon Sports

Rayon sports yamaze gusinyisha uwari umutoza mukuru wa Kiyovu Sports Kirasa Alain nk’umutoza wungirije muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru, akaba yasinye amasezerano y’umwaka umwe. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2019 nibwo Kirasa yashyize umukono ku masezerano y’umwaka azamara atoza iyi kipe nk’umutoza wungirije. Rayon Sports yasinyishije Kirasa mu gihe […]

RDC: Mu minsi itanu inyeshyamba zikomoka muri Uganda zimaze kwica abaturage 22

Abaturage bagera kuri 22 bishwe n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda abandi babarirwa mu majana bava mu byabo barahunga nyuma y’ibitero byagabwe n’izi nyeshyamba mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Sosiyeti Sivile yatangaje iyi mibare yasabye Leta guha uburyo bushoboka igisirikare (FARDC) kugira ngo barinde abaturage ibitero bagabwaho n’inyeshyamba. Umunyamabanga Mukuru wa Sosiyeti Sivile muri Teritwari […]

Niyibizi M. Goreth ufite umwana byananiranye kuvurirwa mu Rwanda arasaba ubufasha

Umubyeyi witwa Niyibizi Marie Goreth utuye mu Kagali ka Kamukina,  mu Murenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo arasaba abagiraneza inkunga yo kuvuza umwana we witwa Niyibizi Blessing ufite ikibazo cy’umwenge uri ku mutsi ujyana amaraso ku mutima. Nyuma y’amezi abiri  gusa uwo mwana avutse nibwo ngo yatangiye kugira ibibazo by’ubuhumekero,Niyibizi Marie Goreth yahise yihutira kuvuza […]

Koreya y'Epfo yarashe amasasu asaga 300 yihanangiriza indege y'Uburusiya-CNN

Kuri uyu wa 23 Nyakanga, indege ya gisirikare ya Koreya y’Epfo yarashe ku y’Uburusiya amasasu asaga 300 iyihanangiriza kuko yayivogereye ikirere. Aya makuru yemejwe n’igisirikare cya Koreya y’Epfo nyuma y’iki gikorwa. Igisirikare cy’iki gihugu gishinja indege ya A-50 kukivogerera ikirere ubugira kabiri. Iki gikorwa kikaba gifatwa nk’ubushotoranyi n’agasuzuguro. Koreya y’Epfo yihanangirije Uburusiya nyuma y’amasaha make […]

Bomboribombori hagati y'umutoza Zidane n'uhagarariye Gareth Bale

Rutahizamu wa Real Madrid na Wales, Gareth Bale, ntakiri mu bakinyi bashimwa n’umutoza  Zinedine Zidane bityo ngo akaba ari hafi kuyivamo. Bale w’imyaka 30 ntiyashyizwe mu kibuga mu mukino wo kwitegurira amarushanwa ari imbere, aho Real yatsinzwe 3-1 na Bayern Munich muri Amerika. Ubwo yagiraga icyo avuga umukino urangiye, Zidane yagize ati: “Turizera ko azogenda […]

Rusizi: Barasabwa ubufatanye mu gukemura ibibazo by'abana bibana

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi n’ubw’umushinga Strive foundation Rwanda wita ku bana bibana mu turere twa Rusizi na Nyamasheke  buvuga ko aba bana bahura n’ibibazo byinshi, bagasaba buri wese uhangayikishijwe n’imibereho y’aba bana kugira uruhare mu kugira ngo  irusheho kuba myiza. Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bw’akarere,ba Gitifu n’abashinzwe imibereho y’abaturage mu mirenge ya Nyakabuye,Nkungu,Butare na […]

Biravugwa ko  Ali Kiba yatandukanye n’umugore we

Hari amakuru avuga ko umuhanzi Ali Kiba atakiri kumwe n’umugore we, Amina Khalef bitewe n’ibibazo by’urugo. Amakuru agera ku kinyamakuru Ghafla avuga ko uyu mugore yaba yararenzwe n’ibibazo uruhuri nyuma yo kumenya ko hari abandi bana Ali Kiba afite batari abo asanzwe azi. Uwatanze amakuru yagize ati “  Habayeho uguterana amagambo bisanzwe. Ariko uyu mugore […]

Patrick Karegeya yavuzweho kuba mu bashakaga kugirira nabi Perezida Kagame

Ubwo Lt Joel Mutabazi yitabaga urukiko hamwe na bagenzi be barimo Kalisa Innocent, Karegaya Patrick wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda nyuma agahungira muri Afurika y’Epfo ari naho yiciwe, yavuzweho kuba yaragiranaga ibiganiro n’aba basirikare bagenzi be, bashinjwa kuba barashakaga kugirira nabi umukuru w’igihugu, Paul Kagame. Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 […]

Intambara urimo igusaba kugira ukwizera kuzuye- Rev. Nibintije

Gusenga + ukwizera = insinzi Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Umubwiriza 9:10 “Umurimo wose werekejeho amaboko yawe uwukorane umwete, kuko  ikuzimu […]

Gisagara/Burundi: Hagabwe igitero babiri bakomeretswa n’amasasu

Ubuyobozi bwa Komini Gisagara, Intara ya Cankuzo iherereye mu Burasirazuba bw’u Burundi, hagabwe igitero n’abantu bari bitwaje intwaro, babiri barahakomerekera. Nk’uko bitangazwa n’abatuye ku musozi wa Bunyerere muri iyi Komini, ngo igitero cyagabwe mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira iryo ku wa Mbere, tariki ya 22 Nyakanga 2019, ahagana saa munani. Umuyobozi wa Komini Gisagara, […]

Nyamasheke: Ucyekwaho kwica nyina amukase ijosi yishyikirije inzego z’umutekano

Ntawukuriryayo Samuel  w’imyaka 37 y’amavuko, utuye mu mudugudu wa  Bunyenyezi,akagari ka Murambi ,umurenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, yishyikirije inzego z’umutekano, aho acyekwaho kwica nyina Mukahirwa Adalie amukase ijosi. Amakuru dukesha  umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi muri uyu murenge,Mukamana Thamar avuga ko  urupfu rw’uyu mukecuru Mukahirwa Adalie w’imyaka 66 y’amavuko, wari utuye mu mudugudu […]

Somalia: Abagera kuri 17 bahitanwe n’iturika ry’ibisasu

  Abantu bagera kuri 17 bamaze gusiga ubuzima abandi 30 barakomereka bikomeye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa Al -shabab . Iki gitero cyagabwe mu mugi wa Mogadishu kuri uyu wa 22 Nyakanga 2019. Umutwe wa Al Shabab  wigambye ko ariwo wagabye iki gitero. Imodoka yari itwaye igisasu yaturikiye mu mugi wa Mogadishu hakurikiraho […]