Au moins 13 capteurs seront installĂ©s Ă Kigali pour surveiller le bruit et la pollution de l’air
Au moins 13 capteurs seront bientĂŽt installĂ©s dans la ville de Kigali pour surveiller le niveau de pollution atmosphĂ©rique et sonore . Les capteurs seront mis en place par l’AutoritĂ© de gestion de l’environnement du Rwanda (REMA) et l’Institut africain des sciences mathĂ©matiques (AIMS). Les capteurs font partie d’un nouveau cadre de la ville de […]
Uwahoze ari Perezida wa Comores yakatiwe igihano cyâigifungo cya burundu
Kuri uyu wa Mbere, itariki 28 Ugushyingo, uwahoze ari Perezida wa Comores, Ahmed Abdallah Sambi, yakatiwe igifungo cya burundu nâurukiko rushinzwe umutekano wâigihgu, nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza . Usibye gukatirwa, Urukiko rw’umutekano rwategetse kandi ko umutungo we ufatirwa ndetse yamburwa uburenganzira bwe nkâumunyagihugu nkâuko bitangazwa na Comores Info. Ikinyamakuru Habariza Comoros cyo cyatangaje ko, “abategetsi […]
Uburozi Tshisekedi aherutse gusimbuka bwatumye Ambasaderi wâu Bufaransa ahamagarwa

Ambasaderi wâu Bufaransa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Bruno Aubert aherutse guhamagarwa na guverinoma yâiki gihugu, nyuma yâaho Perezida FĂ©lix Tshisekedi asimbutse uburozi yohererejwe mu ibaruwa. Amakuru ikinyamakuru Politico cyahawe avuga ko iyi baruwa yâurupapuro rumwe ndetse nâikinyamakuru yari mu ibahasha yâumuhondo, yagejejwe ku biro bya Perezida Tshisekedi tariki ya 12 Ugushyingo 2022. […]
Niba barabishe berekane imirambo yabo â Gen. Nzabampema anyomoza FARDC

Umuyobozi wâinyeshyamba zâAbarundi zâumutwe wa FNL, Gen. Aloys Nzabampema, aranyomoza amakuru avuga ko Igisirikare cyâu Burundi gifatanyije nâicya Repubulika ya Demokarasi ya Congo biherutse kwica inyeshyamba 40 zâuyu mutwe . Urubuga SOS Medias Burundi ku rubuga rwarwo rwa twitter ruvuga ko Gen. Nzabampema yanyomoje aya makuru agira ati â Ni impuha. Niba barabishe, berekane imirambo […]
Perezida Kagame yatangiye ubutumwa mu mishyikirano yâAbanyekongo ibera i Nairobi

Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yatangiye ubutumwa mu mishyikirano yâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâimitwe yitwaje intwaro iri kubera i Nairobi kuva kuri uyu wa 28 Ugushyingo. Iki ni icyiciro cya gatatu cyâimishyikirano, cyahuje Leta ya RDC nâimitwe yâinyeshyamba irenga 40, kikaba kiramara iminsi itandatu. Cyatangijwe ku mugaragaro nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa […]
Mali: Igisirikare cyafashe Abafaransa bane kivuga ko bari barafashe bugwate abaturage 10
Igisirikare cya Mali kiravuga ko cyakoze operation idasanzwe yagejeje ku ibohozwa ryâimbohe zigera ku icumi, ariko kigatungurwa no gusanga abari bafashe bugwate aba bantu ari abaturage bâu Bufaransa basabaga ingurane cyangwa guhabwa amakuru yâingenzi ku bacuruzi bâibiyobyabwenge . Iyi nkuru dukesha urubuga Afrikmag iravuga ko Abafaransa benshi bari mu maboko yâinzego zâumutekano za Mali numa […]
Abatalibani baba barinjije amamiliyoni yâAmadolari mu mitegurire yâIgikombe cyâIsi muri Qatar
Ikinyamakuru Telegraph cyo mu Bwongereza kuri uyu wa Gatanu ushize cyatangaje ko Abatalibani binjije amamiliyoni yâamadolari mu mitegurire y’igikombe cyâIsi kiri kubera muri Qatar . Iki kinyamakuru cyavuze ko umutwe wâAbatalibani uri ku butegetsi muri Afghanistan kuva muri Kanama 2021 Ingabo za Amerika zimaze kuhava, wakodesheje imashini nâibikoresho byo kubaka ba rwiyemezamirimo bahawe akazi nâabayobozi […]
Musanze: Umugore aravuga ko umugabo we yapfuye afunzwe na polisi

Umugore witwa Beatrice Mugirase w’imyaka 28 wo mu Mudugudu wa Mubona, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, aravuga ko umugabo we Mutiyomba Arsene, yapfuye nyuma y’ibikomere yagize ubwo yakubitirwaga ahitwa ku Kirabo nyuma polisi ijya kumufungira kuri Sitasiyo ya polisi y’ahazwi nka Gurupoma. Uyu mugore hacamo umwanya umwe agasuka umuzige w’amarira, […]
RDC: Hagiye gusohorwa raporo isobanura urwego urwango rufitiwe Abatutsi bâAbanyekongo rugezeheho
Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo aravuga ko ubutumwa bubiba urwango ku Batutsi bâAbanyekongo nâAbanyamulenge bumaze kugera ku rugero rwa 81% buvuye kuri 67% kandi umubare wâababigenderamo wiyongereye cyane muri ibi byumweru . Ku itariki ya 9 Ukuboza 2022, umuryango PMVS (Programme Multisectoriel de Vulgarisation et Sensibilisation) urateganya kuzashyira ahagaragara raporo isobanura mu […]
Nairobi: M23 yongeye guhezwa mu mishyikirano yahuje Leta ya RDC n’imitwe y’inyeshyamba irenga 40

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wongeye guhezwa mu mishyikirano yahurije i Nairobi muri Kenya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâindi mitwe irenga 40. Iyi mishyikirano iri kubera muri Safari Park Hotel yatangijwe ku mugaragaro nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba akaba na Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, saa tatu zâigitondo cyâuyu wa […]
Umukuru wâubutasi bwâu Bufaransa âategerejweâ i Kigali vuba aha
Umuyobozi mukuru wâurwego rwâubutasi rwâigisirikare cyâu Bufaransa, GĂ©nĂ©ral Jacques Langlade de Montgros biravugwa ko ateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda mu mpera yâuku kwezi kâUgushyingo. Ikinyamakuru Africa Intelligence tariki ya 25 Ugushyingo cyasobanuye ko Gen. Langlade azagirana ikiganiro na mugenzi uyobora ubutasi bwâu Rwanda, Gen. Maj. Vincent Nyakarundi nâUmugaba Mukuru wâingabo zâigihugu, Gen. Jean Bosco Kazura. […]
M23 yanze gusubira inyuma, Ndayishimiye ashima ububanyi n’u Rwanda, FDLR ihigira gutaha irwana: inkuru z’icyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 21 Ugushyingo cyaranzwe nâinkuru zerekeye ku mutekano, ubutabera na politiki. Harimo ko: M23 yasabwe gusubira inyuma, irabyanga Perezida wa Angola, uwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo nâuwâu Burundi akaba nâUmuyobozi Mukuru wâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) basabye umutwe wâinyeshyamba za M23 guhagarika imirwano no gusubira mu bice wahozemo mbere. Aba […]
Gen Yav Philemon wa FARDC ufunzwe ashinjwa ubugambanyi yaba amaze iminsi yicishwa inzara
Amakuru aturuka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo aravuga ko Gen. Philemon Yav wa FARDC, umaze amezi abiri atawe muri yombi ashinjwa ibyaha byâubugambanyi no kugerageza guhirika umukuru wâigihugu, amaze iminsi atagaburirwa ndetse kuri uyu wa Gatandatu hakaba hari amakuru yahwihwiswaga ko yaba yamaze no kwicwa nâinzara nyuma yâicyumweru atarya . Uyu musirikare mukuru wa […]
Ikigo cya gisirikare cya Kitona kimaze kwakira urubyiruko rwâintoranywa rurenga 8000

Ikigo gikuru cyâigisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) cya Kitona kimaze kwakira urubyiruko rwâintoranywa rurenga 8000 rwiteguye kwinjira mu gisirikare cyâigihugu. Uru rubyiruko rwiyandikishije nyuma yo kubihamagarirwa na Perezida wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi, warusabye kwinjira mu gisirikare kugira ngo rufashe abasirikare bagisanzwemo guhangana nâimitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano wo mu burasirazuba. Minisitiri wâingabo, […]
Kiyovu na Rayon Sports zatsinzwe, APR FC yongera kunganya
Kiyovu na Rayon Sports zikurikiranye ku myanya ya mbere ku rutonde rwâagateganyo rwa shampiyona yâicyiciro cya mbere mu Rwanda, zatsinzwe imikino yâuyu munsi, APR FC yongera kunganya. Kiyovu Sports yakinnye na Gasogi United yayitesheje igikombe cya shampiyona mu mwaka wâimikino ushize, iyi kipe iyoborwa na Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC iyitsinda ibitego bitatu kuri […]
Ingabo zâu Burundi nâiza RDC âzisheâ abarwanyi 40 ba FNL muri Kivu yâAmajyepfo
Ingabo zâu Burundi zifatanyije nâiza Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ziravuga ko ziciye abarwanyi 40 bâumutwe witwaje intwaro wa FNL muri teritwari ya Mwenga ibarizwa mu ntara ya Kivu yâAmajyepfo. Umuvugizi wâibikorwa byâigisirikare cya RDC bikorerwa muri iyi ntara, Lieutenant Marc Elongo, yamenyesheje itangazamakuru ko imfu zâaba barwanyi ari umusaruro wâibitero bikomeye ingabo zâibihugu byombi […]
Abacuruzi banga gukoresha inyemezabwishyu za EBM bagiye gutangira guhanwa
Ikigo cyâigihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyihanangirije abacuruzi banga gutanga inyemezabuguzi zâikoranabuhanga zizwi nka EBM (Electronic Billing Machine) ko bagiye guhanwa bikomeye ku buryo hari n’abazajya bashyikirizwa inzego zâubutabera abandi bagafungirwa ibikorwa byâubucuruzi bwabo iminsi 30 . EBM ifasha gukurikirana imisoro yakusanyijwe igizwe nâimigabane minini yâabasoreshwa mu ngengo yâimari yâgihugu ikoreshwa mu nzego nyinshi zâiterambere. […]
Kalehe: Uwitwa Dusenge yishwe arashwe na komanda wa polisi abaturage batwika ibiro bya leta
Abaturage barakaye batwitse ibiro bya leta bitandukanye muri Teritwari ya Kalehe, ho muri Kivu yâAmajyepfo nyuma yâuko Komanda wa Polisi arashe akica umuturage mugenzi wabo . Umuntu witwa Dusenge-Petro-Maboke, ufite imyaka 32, wari wubatse akaba na se w’abana 8, yapfuye nyuma yo kuraswa na n’umuyobozi wa polisi mu gace ka Shanje, muri Teritwari ya Kalehe. […]
Minisitiri Musabyimana ntiyumva ukuntu icyayi kibura abasoromyi kandi hari abashomeri

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musabyimana Jean Claude, yabwiye abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo ko bidakwiye ko imirima y’icyayi iri mu turere tuyigize ibura abasoromyi kandi hirya no hino mu gihugu hari urubyiruko rwabuze akazi. Hari mu kiganiro Ministiri Musabyimana yagiranye n’abayobozi b’inzego zitandukanye zo mu ntara y’Amajyepfo guhera ku ntara kugera ku mirenge, kuri uyu wa […]
RDC: Abanyeshuri ba kaminuza bazajya bahabwa imyitozo yâigisirikare
Minisiteri ishinzwe uburezi mu mashuri makuru na kaminuza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko abanyeshuri bose guhera ku bigira icyiciro cya mbere cya kaminuza (A0) kugeza ku cyâikirenga (Doctorat) bazajya bahabwa imyitozo yâibanze yâigisirikare. Minisitiri Muhindo Nzangi Butondo ubwo yafungaga ku mugaragaro umwaka wâamashuri wâ2021-2022, yatangaje ko mu masomo aba banyeshuri bahabwa […]
Kimwe cya gatatu cyâimbunda za rutura za Ukraine zifite ibibazo kubera gukoreshwa cyane
Ingabo za Ukraine zirasa ibisasu ibihumbi ku bipimo byâu Burusiya buri munsi, hakoreshejwe imbunda zo mu rwego rwo hejuru zitangwa na Amerika ndetse nâabafatanyabikorwa bayo. Abayobozi bo muri Amerika na Ukraine bavuga ko ariko izo ntwaro zizima nyuma y’amezi menshi zikoreshwa cyane, zikangirika cyangwa zigasenywa ku rugamba, zigakurwa ku rugamba kugira ngo bazisane . Kimwe […]
Ngoma: Abantu 4 bashinjwaga kwica umuntu barimo umugore wâuwishwe barakatiwe
Urukiko ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma rwasomeye urubanza, ahabereye icyaha, rukatira igifungo cya burundu abagabo batatu nâ umugore umwe baregwa icyaha cyâ ubwicanyi bakoze ku wa 8 Ukwakira 2022 . Aba bashinjwaga kwica Hakizimana Boaz bamuciye umutwe bakoresheje umuhoro bakamwambura imyenda yose bakayizingiramo umutwe bakajya kuwuta mu mugezi nyuma yo kumwica. Urukiko rwisumbuye rwa Ngoma […]
Taiwan: Perezida Tsai Ing-wen yeguye ku buyobozi bwâishyaka riri ku butegetsi
Perezida wa Taiwan, Tsai Ing-wen, yeguye ku buyobozi bwâishyaka riharanira demokarasi nâiterambere (DPP) nyuma yâuko ritsinzwe bikomeye mu matora y’inzego z’ibanze . Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Ugushyingo, nibwo Tsai yatanze ubwegure bwe, nyuma yo gutsindwa gukomeye, mu ijambo rigufi aho yanashimiye abamushyigikiye nk’uko tubikesha Al Jazeera. Ati: âNgomba gusohoza inshingano […]
Umwami wâu Bubiligi yashenguwe nâurupfu rwâUmunyekongo warwanye intambara yâIsi

Ubwami bwâu Bubiligi bwatangaje ko bwashenguwe nâurupfu rwa Corporal Albert Kanyuku ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), warwanye intambara ya kabiri yâIsi. Inkuru yâurupfu rwa Cpl Kanyuku wari ufite imyaka 100 yâamavuko yatangajwe nâibinyamakuru byo muri RDC mu gitondo cyâuyu wa 26 Ugushyingo, bisobanura ko yazize uburwayi. Gupfa kâuyu munyekongo rukumbi wari usigaye […]
Malawi: Visi Perezida Sulos Chilima yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha bya ruswa
Ibiro bishinzwe kurwanya ruswa muri Malawi byafashe kandi birega Visi Perezida wâiki gihugu, Saulos Klaus Chilima, ibirego bya ruswa, nyuma yâamezi yâiperereza ryakozwe ku myitwarire ye nk’uko byatangajwe ku wa Gatanu . Mu ijambo rigenewe abanyagihugu ryo muri Kamena, Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, yambuye Chilima ububasha bwe ubwo ibi biro bishinzwe kurwanya ruswa byamushinjaga […]
Imishyikirano yâi Nairobi irasubukurwa ejo, ibya M23 biracyarimo urujijo
Umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) watangaje ko imishyikirano yâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâimitwe yitwaje intwaro irasubukurwa kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2022. EAC yasobanuye ko iki cyiciro cya gatatu cyâiyi mishyikirano kirakomereza mu mujyi wa Nairobi muri Kenya nkâuko bisanzwe. Iti: “Imishyikirano yâi Nairobi iyobowe na EAC yo kugarura amahoro […]
Rubavu: Abatuye mu mirenge yegereye umupaka basabwe kuba maso
Abaturiye umupaka wâu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basabwe gukomeza kuba maso mu bikorwa byo gucunga umutekano bakirinda kuba icyuho cyâabashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda . Ibi babisabwe na Minisitiri wâUbutegetsi bwâIgihugu, Musabyimana Jean Claude, mu biganiro yagirane nâabatuye mu mirenge ihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatandatu, […]
Perezida wa Guinée Equatoriale umaze imyaka 43 ku butegetsi yatorewe indi manda
Perezida wa GuinĂ©e Equatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, yatorewe indi manda yâimyaka 7 nyuma yâimyaka 43 ari ku butegetsi. Komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2022 yatangaje ko uyu Mukuru wâIgihugu yatsinze amatora ku majwi 94.9%. Umunyapolitiki AndrĂ©s Esono Ondo bari bahanganye cyane muri aya matora, we yatowe nâabantu 4%, […]
M23 yasabye Uhuru Kenyatta kuganira na yo
Ubuyobozi bwâumutwe witwaje intwaro wa M23 bwatangaje ko bwifuza guhura nâumuhuza wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) mu mishyikirano yâubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo nâimitwe yitwaje intwaro, Uhuru Kenyatta, bakaganira. Iki cyifuzo kigaragara mu itangazo umuyobozi wa M23 mu rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, yashyize hanze kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2022, rivuga ku […]
Imodoka zâintambara hatazwi igihugu cyazitumije zagaragaye zipakururwa ku Cyambu cya Mombasa

Imodoka za gisirikare zâimitamenwa zo mu bwoko bwa IAG Guardian Extreme 4 Ă 4 ziri koherezwa muri kimwe mu bihugu byo muri Afurika yâIburasirazuba kitaramenyekana zinyujijwe ku Cyambu cya Mombasa . Biravugwa ko imodoka nyinshi zâubu bwoko agaragaye zirimo gupakururwa zivawa mu bwato, mbere yo koherezwa ahantu hataramenyekana nkâuko iyi nkuru dukesha urubuga rwa Military […]
Dr Kayumba azakomeza kuburana afunzwe, mu mwaka utaha
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwafashe umwanzuro wo gutesha agaciro ubujurire bwâumunyapolitiki Dr Kayumba Christopher, rutegeka ko azakomeza kuburana afunzwe. Dr Kayumba wabaye umwarimu muri Kaminuza yâu Rwanda tariki ya 18 Ugushyingo yatakambiye abacamanza batatu bamuburanishaga, abasaba gutesha agaciro igifungo cyâagateganyo yakatiwe nâurukiko rwâibanze. Yasobanuraga ko impamvu asaba gufungurwa byâagateganyo, akaburana ari hanze, zirimo kuba afungiwe […]
Abategetsi bamwe mu Burundi baracyatoteza bakanatera ubwoba abanyamakuru â E.U

Claude Bochu, ukuriye ibiro byâUmuryango wâUbumwe bwâu Burayi mu Burundi, aremeza ko nâubu abanyamakuru bakorera muri iki gihugu bakomeje guterwa ubwoba no gutotezwa na bamwe mu bayobozi. Uyu avuga kandi ko abanyamakuru bâi Burundi bahembwa intica ntikize, ariko ko nubwo bimeze gutyo bitababuza gukora umwuga wabo neza. Ibi akaba yabitangaje kuri uyu wa Kane ushize […]
France: Perezida Emmanuel Macron arimo gukorwaho iperereza
Abashinjacyaha bashinzwe imari mu gihugu cyâu Bufaransa bavuze kuri uyu wa Kane bafunguye iperereza ku mafaranga yakoreshejwe mu buryo butemewe mu kwiyamamaza mu matora yo mu 2017 na 2022 . Ikinyamakuru gikomeye cyo mu Bufaransa cyatangaje ko iperereza rireba Perezida Emmanuel Macron watsinze ayo matora. Abashinjacyaha bavuze mu itangazo ryanditse ko bashaka umucyo nyuma yâamakuru […]
Kagame au Niger pour le sommet de l’UA

Le prĂ©sident Paul Kagame est arrivĂ© jeudi Ă Niamey, au Niger, pour le sommet extraordinaire de l’Union africaine sur l’industrialisation et la diversification Ă©conomique, selon la prĂ©sidence . Le sommet sur le thĂšme “Industrialisation de l’Afrique : engagement renouvelĂ© en faveur d’une industrialisation et d’une diversification Ă©conomique inclusives et durables” se dĂ©roule du 20 au […]
Perezida William Ruto na Raila Odinga mu ntambara y’amagambo
Perezida William Ruto wa Kenya na mukeba we Raila Odinga, bisanze mu ntambara y’amagambo bapfa bane bahoze ari abakozi ba Komisiyo y’amatora banze ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu Ruto yatsinze muri Kanama uyu mwaka. Aba biswe ‘Cherera Four’ ni Juliana Cherera usanzwe ari Visi-Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Kenya (IEBC), Francis Wanderi, Justus Nyangâaya na […]
Umugore wa Perezida Zelensky yahishuye ko atakibana n’abana be barimo uw’imyaka 9
Umugore wa Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, Olena Zelenska, yatangaje ko atakibana nâabana be babiri barimo ufite imyaka 9 yâamavuko. Olena mu kiganiro yagiranye na BBC yasobanuye ko kuba atakibana nâaba bana ndetse nâumugabo we byatewe nâintambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine kuva tariki ya 24 Gashyantare 2022. Yagize ati: “Ntibisanzwe muri iyi minsi. Uko […]
Ghana irateganya kujya igura ibikomoka kuri peteroli ikoresheje zahabu aho gukoresha amadolari
Guverinoma ya Ghana iri gukora kuri politiki nshya yo kugura ibikomoka kuri peteroli ikoresheje zahabu aho gukoresha amadolari y’Abanyamerika, nk’uko Visi Perezida, Mahamudu Bawumia yabitangaje kuri Facebook . Iki cyemezo cyatangajwe ku wa Kane, kigamije guhangana nâigabanuka ryâamafaranga yâamahanga ryatewe no gukenera amadolari kwâabatumiza peteroli mu mahanga, ibyo bikaba bigabanya gaciro kâifaranga ryâigihugu (cedi) ndetse […]
Umushinjacyaha wa ICC yasabye abacamanza kubyutsa dosiye ya Joseph Kony
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo, umushinjacyaha wâUrukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, yasabye umucamanza kwemeza ibirego biregwa Joseph Kony, umuyobozi wâinyeshyamba zâAbagande za Lord Resistance Army, nubwo atarafatwa . Uyu mugande bivugwa ko ari we munyabyaha ushakishwa na ICC umaze igihe kirekire ataratabwa muri yombi. Impapuro zo kumuta muri yombi zasohotse mu 2005 ashinwa ibyaha […]
U Rwanda ntiruhagararira M23, si umuvugizi wayo: Mukuralinda
Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda yatangaje ko u Rwanda rudahagararira umutwe witwaje intwaro wa M23 mu biganiro biruhuza nâibindi bihugu, kandi ngo ntiruyibera umuvugizi. Mukuralinda yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa France 24, avuga ku byari byatangajwe nâUmuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya. Mu kiganiro cyabanje Muyaya yagiranye […]
Umurundikazi wafunzwe ubwo yari avuye i Kigali aratabarizwa
Umurundikazi akaba nâumunyamakuru Irangabiye Floriane watawe muri yombi ubwo yari ageze i Bujumbura mu Burundi, avuye i Kigali mu Rwanda, aratabarizwa nâikigo mpuzamahanga cyâitangazamakuru, IPI (Institut International de la Presse). Irangabiye wabaga mu Rwanda nkâimpunzi yatawe muri yombi nâurwego rwâu Burundi rushinzwe iperereza mu mpera za Kanama 2022, bikavugwa ko yaba yarashinjwaga kuba umwe mu […]
Nka USA, Inteko ya EU na yo irashyira igitutu ku Rwanda
Inteko ishinga amategeko yâumuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU), irashyira igitutu ku Rwanda, irusaba kudaha ubufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Bigaragara mu mwanzuro abagize iyi nteko batoye kuri uyu wa 24 Ugushyingo werekeye ku kuvanwa mu byabo kwâAbanyekongo bitewe nâimirwano yafashe umurego mu burasirazuba bwa RDC. Imwe mu ngingo […]
Leta y’u Rwanda igiye kurwanyiriza ruswa mu nsengero

Leta yâu Rwanda yateguye icyumweru cyihariye cyo kurwanya ruswa kizarangwa nâubukangurambaga buzakorerwa ahantu hatandukanye harimo mu madini nâamatorero. Iki cyumweru kizabaho mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa uzaba tariki ya 9 Ukuboza 2022, kizatangira tariki ya 26 Ugushyingo ku nsanganyamatsiko “Twimakaze indangagaciro zo kurwanya ruswa, inkingi yâiterambere rirambye.â Iki cyumweru kizatangira, aho […]
Masisi: Haravugwa iyicwa ry’uwari Komanda wa polisi muri Maoma
Ibintu byari bimeze nabi cyane mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 i Bweremana muri Gurupoma ya Mupfuni Shanga, Sheferi ya Bahunde muri Teritwri ya Masisi kubera iyicwa rya Komanda wa Polisi . Uyu mu Komanda wa Polisi muri Maoma, muri Sheferi ya Bahunde muri Teritwari ya Masisi, yishwe nâabantu […]
Nyamasheke: Mu bigo byâamashuri bahangayikishijwe nâibiciro bikomeje kuzamuka

Mu gihe abayobozi bâibigo byâamashuri mu karere ka Nyamasheke batakira ababyeyi mu nama bagirana, babereka impungenge zâicyo abana babo bazarya mu minsi iri imbere igihe ibiciro byâibiribwa byakomeza gutumbagira, ababyeyi bakavuga ko bitazamuka mu mashuri ngo bisige mu miryango, rukabura gica, ubuyobozi bwâaka karere burasaba aba bayobozi kwishakamo ibindi bisubizo. Inyinshi mu nama zihuza ababyeyi […]
Ba rwiyemezamirimo 1.000 bato mu turere nka Rusizi bagiye gutegurirwa kujya ku isoko ryâumurimo

Ba rwiyemezamirimo barenga 1.000 bakiri bato bo mu turere twa Rubavu, Rusizi, Muhanga na Nyagatare biteguye guhabwa ubumenyi bubategurira kujya ku isoko ryâumurimo ndetse na gahunda zo kubyihutisha bazahabwa nâibigo byo guhanga udushya bizwi nka âHANGA Hubsâ . Mu rwego rwo gushyigikira uyu mushinga wa HANGA Hub muri Rusizi, Umuyobozi mukuru wâikigo gishinzwe amakuru mu […]
Afurika: Hari ibihugu byaba bitishimira kubona u Rwanda rwohereza ingabo mu butumwa bw’amahoro

Bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika byiganjemo ibifite ibisirikare bikomeye biravugwaho kutishimira kubona u Rwanda rwohereza abasirikare benshi mu butumwa bwâamahoro ahantu hatandukanye. Nkâuko ikinyamakuru Foreign Policy cyabisobanuye mu nkuru cyahaye umutwe wa âHow Rwanda Became Africaâs Policeman?â (U Rwanda rwahindutse umupolisi wa Afurika rute?), iri shyari rishingira ku butumwa ingabo zarwo zijyamo […]
Urwego rw’amagereza rwanze gufunga Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo
Urwego rwa Afurika yâEpfo rushinzwe amagereza rwanze kubahiriza icyemezo cyâurukiko cyo gufunga Jacob Zuma wayoboye iki gihugu, kuko ngo haba harimo akarengane. Tariki ya 21 Ugushyingo 2022 ni bwo urukiko rwâikirenga rwanzuye ko Zuma agomba gusubira muri gereza, akarangiza igifungo cyâamezi 15 yakatiwe nâurukiko rushinzwe kurinda Itegekonshinga muri Kamena 2021. Ni mu gihe Zuma yari […]
U Burusiya burashinjwa gutangiza ibitero bigamije kwicisha imbeho Abanya-Ukraine
Nyuma y’amasaha make Inteko ishinga amategeko yâu Burayi itoye kuri uyu wa Gatatu umwanzuro wemeza ko u Burusiya ari ‘âumuterankunga wâiterabwoba,â u Burusiya bwahise burasa urufaya rwa misile ku bikorwaremezo bikomeye bya Ukraine ndetse no ku basivili . Igisirikare cyâu Burusiya cyateye ibisasu mu ivuriro ryâababyeyi i Vilniansk, umujyi muto wo mu Karere ka Zaporizhzhia, […]
Umukinnyi wa Ghana yatangaje ko Neymar atamurusha ubuhanga

Mohammed Kudus ukina hagati mu ikipe yâumupira wâamaguru ya Ghana yatangaje ko rutahizamu wo muri Brazil, Neymar Junior, atamurusha ubuhanga. Kudus wâimyaka 22 yâamavuko mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru wa The Guardian, yasobanuye ko icyo Neymar amurusha ari ibigwi gusa. Ati: âNtabwo ari mwiza kundusha. Ni umukinnyi wâibigwi byinshi gusa.â Aba bakinnyi bombi bahuriye mu mukino […]
Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda kuri yu wa Kane
Sosiyete sivile mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 yateguye indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda mu Mujyi wa Goma, umurwa mukuru wâintara Kivu yâAmajyaruguru . Ni imyigaragambyo iyi sosiyete sivile ivuga ko iza gusabiramo Umuryango Mpuzamahanga gusaba u Rwanda gukura ingabo zarwo, ngo zaba zihishe mu mutwe […]
Minisitiri Mutua yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya yâEpfo kudataha iwabo kuko âbitoroshyeâ

Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Kenya, Alfred Mutua, yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya yâEpfo kugumayo, kuko ngo nta kazi keza babona mu gihugu cyabo karuta ako bafite. Uyu munyapolitiki yagiye muri Koreya yâEpfo, aherekeje Perezida wa Kenya, Dr William Ruto wagiriyeyo uruzinduko rwari rugamije gushaka imikoranire mu bikorwa bitandukanye birimo ibyâiterambere. Mutua yavuze ko nta mpamvu […]
Un violeur en sĂ©rie arrĂȘtĂ© Ă Nyagatare
Le Bureau d’enquĂȘte du Rwanda (RIB) a arrĂȘtĂ© Samuel Nsengiyumva, 32 ans, pour avoir prĂ©tendument profanĂ© 11 enfants dans le district de Nyagatare . S’adressant au New Times, le porte-parole de RIB, Thierry Murangira, a dĂ©clarĂ© : « Nsengiyumva a souillĂ© les enfants en utilisant le toilettage. Il les a attirĂ©s avec des cadeaux et […]
Luanda: FDLR yasabwe kuzinga utwangushye igataha mu Rwanda
Abarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda basanzwe bakorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basabwe kuzinga utwangushye bagataha muri iki gihugu bakomokamo. Ubu busabe buri mu byemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2022, yahuje Perezida wâu Burundi, uwa RDC, u […]
Luanda: M23 yahawe igihe ntarengwa cyo guhagarika imirwano no gusubira inyuma

Perezida wâu Rwanda wari uhagarariwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, Evariste Ndayishimiye wâu Burundi, FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) na JoĂŁo Lourenço wa Angola bahaye umutwe witwaje intwaro wa M23 igihe cyo kurekura ibice yafashe, igasubira mu byo yahozemo. Aba bakuru bâibihugu bari kumwe na Uhuru Kenyatta usanzwe […]
USA yashimangiye ko u Rwanda rufasha M23
Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zashimangiye ko u Rwanda rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23 uhanganye nâingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Byagaragajwe nâibiro byâUmunyamabanga wa USA wungirije ushinzwe Afurika, Molly Phee, mu butumwa byashyize kuri Twitter bushimira byâumwihariko Leta ya Angola uburyo ikomeje gutanga umusanzu kugira ngo RDC ibone umutekano. Byagize […]
RDC: Imirwano hagati ya M23 na FARDC yakomereje mu mudugudu wa Kishishe
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 23 Ugushyingo amasasu yumvikanye mu Mudugudu wa Kishishe, nko mu birometero 3 uvuye ku murwa mukuru wa Gurupoma ya Bambo, muri Sheferi ya Bwito muri Kivu y’Amaajyaruguru . Amakuru amwe yerekana ko imirwano yahuje M23 nâinyeshyamba za Nyatura. Ni mu gihe umusirikare mukuru wa FARDC, wari uri […]
Les suspects dans l’affaire IPRC-Kigali libĂ©rĂ©s sous caution
Le tribunal de premiĂšre instance de Kicukiro a accordĂ© une libĂ©ration sous caution Ă DiogĂšne Mulindahabi, directeur du CollĂšge rĂ©gional polytechnique intĂ©grĂ©, IPRC-Kigali, qui a Ă©tĂ© arrĂȘtĂ© le mois dernier pour dĂ©tournement de fonds . Douze autres suspects ont Ă©galement Ă©tĂ© libĂ©rĂ©s sous caution dans une affaire qui a vu le gouvernement fermer le campus […]
Kinshasa yashimangiye ko nta mishyikirano na M23 mu gihe itarava aho yafashe
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwongeye gushimangira ko butazajya mu mishyikirano nâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu gihe waba utavuye mu bice byose wafashe. Byatangajwe nâUmuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya mu kiganiro yaraye agiranye nâabanyamakuru, i Kinshasa kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2022. M23, ibinyujije mu matangazo, imenyesheje amahanga kenshi […]
Ishoramari rya miliyari 1.6$ Kenya igomba kubungabunga muri RDC mu buryo bumwe cyangwa ubundi
Ibigo bya Kenya byiyemeje gushora miliyari zisaga 1.6 z’amadolari muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu mishinga itandukanye bizakuramo akayabo mu gihe kirekire, aho bikekwa ko mu byajyanye ingabo za kenya muri iki gihugu haba harimo no kubungabunga iri shoramari . Ibi byatangajwe na Equity Group, ubwo yitabiraga ubutumwa bwâubucuruzi mu mwaka ushize hagati […]
Uganda: Haburijwemo ikindi gitero cyari kigiye kugabwa kuri station ya polisi
Umupolisi yaburijemo icyashoboraga kuba igitero kuri sitasiyo ya Polisi ya Nakulabye mu gihugu cya Uganda nyuma yuko umugabo utamenyekanye asatiriye iyi sitasiyo afite imbunda ya AK47 mu rukerera . Umupolisi wari ku burinzi wari wihishe, yabonye umuntu, wari ufashe ikintu gisa nkâimbunda, agenda asatira station ya polisi ahagana mu ma saa kumi za mu gitondo. […]