Musanze: Arasaba gukurwa mu manegeka yasizwemo n’ababumba amatafari

Nzabakurikiza avuga ko agira impungenge y'uko imvura yazamutwarira muri aya manegeka

Nzabakurikiza Donatille w’imyaka 53 utuye mu mudugudu wa Rutemba, Akagari ka Buruba mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze avuga ko nta cyireze cyo kubaho afite kubera atuye mu manegeka cyangwa se ku manga. Nk’uko yabibwiye umunyamakuru wa BWIZA wamusuye aho atuye yita ku manga, avuga ko aho atuye hamuteye impungenge kuko ngo iyo […]

Perezida wa Liberia ari kwibasirwa kubera umuhungu we uri gukinira USA mu gikombe cy’Isi

Timothy Weah ubwo yari amaze gutsinda igitego mu mukino wa USA na Wales

Perezida wa Liberia, George Weah, akomeje kwibasirwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bitewe n’uko umuhungu we Timothy Weah ari gukinira Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi riri kubera muri Qatar. Mu mukino wahuje ikipe ya USA na Wales tariki ya 21 Ugushyingo 2022, umuhungu wa Weah yarabanje ndetse yatsinze igitego ku munota wa […]

Nta ngabo z’amahanga zizaza gukorera mu gihugu cyacu zidafatanyije na FARDC – Patrick Muyaya

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Ugushyingo, Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kugira ngo arimenyeshe uko umutekano uhagaze mu burasirazuba ndetse n’uko ingabo z’akarere zageze muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Ku bwe, guverinoma yita ku bitekerezo by’Abanyekongo, bafite impungenge z’izi ngabo z’amahanga bakurikije ibyabaye mu mka yashize, ashimangira “ubushake […]

USA: Umuntu witwaje imbunda yishe arashe byibuze abantu 10 mu iduka rya Walmart

Polisi ivuga ko umuntu witwaje imbunda kuri uyu wa Gatatu yishe abantu bagera ku 10 mu iduka rya Walmart ahitwa Chesapeake, muri Leta ya Virginie yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika . Amakuru avuga ko uyu mugabo, ushinzwe ububiko, yararashe hanyuma agahindukiza imbunda akayitunga nawe akirasa. Umujyi wa Chesapeake wanditse kuri Twitter ko abapolisi […]

Perezida Ndayishimiye yerekeje muri Angola guhura n’abarimo Paul Kagame

Ibiro bya Perezida w’u Burundi byemeje ko Evariste Ndayishimiye usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), yerekeje muri Angola guhura n’abandi bakuru b’ibihugu. Iyi nama Ndayishimiye, Paul Kagame uyobora u Rwanda na FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bayitumiwemo na mugenzi wabo wa Angola usanzwe ari umuyobozi w’umuryango w’akarere k’ibiyaga […]

RDC yasobanuye iby’indege y’ingabo z’u Bufaransa yaciye igikuba muri Kisangani

Hari abari bahiye ubwoba ubwo iyi ndege yagwaga kuri iki kibuga cy'indege

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasobanuye iby’indege y’ingabo z’u Bufaransa yaguye bitunguranye ku kibuga cy’indege cya Bangboka mu mujyi wa Kisangani, abaturage n’abo mu nzego zishinzwe umutekano bagacikamo igikuba. Iyi ndege y’ubwikorezi yaguye kuri iki kibuga ku wa 18 Ugushyingo, bamwe batangira gukeka ko ari umwanzi waba yinjiye mu gihugu ndetse ngo […]

Igisirikare cya Somalia kiravuga ko kishe abayobozi babiri ba Al Shabaab

Igisirikare cya Somaliya (SNA) kuwa Mbere cyatangaje ko cyishe abayobozi babiri b’umutwe wa Al-Shabaab, i Dhurshen, mu birometero 35 mu majyaruguru y’umujyi wa Hudur, umurwa mukuru w’akarere ka Bakol, no mu bilometero 420 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Mogadishu . Ibi byagezweho ku bufatanye n’abashinzwe umutekano baturutse mu turere twaho, bazwi cyane ku izina rya […]

Ni muntu ki Iqbal wicaga abana b’inzererezi?

Javel Iqbal Umayr yavutse mu mwaka w’1956 apfa mu mwaka w’2001, yavukaga mu muryango w’abayisilamu bo mu bwoko bwa Punjabi Rajput. Yari umuturage wo muri Pakistan akaba umwicanyi ruharwa wahigaga abantu, akabica akabafata no ku ngufu. Yishe abana b’abahungu 100 bari hagati y’imyaka 6 na 16. Iqbal yabanzaga kuniga uwo agiye kwica kugeza abuze umwuka […]

Musanze: Umusaza w’incike avuga ko inzu abamo irutwa n’ubwiherero yubakiwe

Munyakaragwe arasaba gusanirwa inzu

Umusaza w’inshike witwa Munyakaragwe Elie w’imyaka 62 utuye mu mudugudu wa Rwabigwi, akagari ka Cyivugiza mu murenge wa Muko arasaba ubuyobozi ko bwamugoboka, bukamukura mu kangaratete arimo ko kuba mu nzu idahomye, agatandukana n’imbeho dore ko iyo nzu itagira n’icyumba. Aganira n’umunyamakuru wa BWIZA, Munyakaragwe yavuze ko abayeho nabi ko yatandukanye n’umugore kandi ko mu […]

Mali yahagaritse ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri leta iterwa inkunga n’u Bufaransa

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Mali kuri uyu wa Mbere bwahagaritse ibikorwa by’imiryango itegamiye kuri leta yose iterwa inkunga n’u Bufaransa, harimo n’imiryango y’ubutabazi, mu gihe umubano hagati y’ibihugu byombi ukomeje kwangirika . Minisitiri w’Intebe w’agateganyo wa Mali, Col. Abdoulaye Maiga, yasobanuye impmvu y’iki cyemezo mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko ari uburyo bwo […]

Ukraine yahaye Kenya imfashanyo ya toni ibihumbi 25 z’ingano

Itsinda rya Ambasade ya Ukraine ryasuye Visi Perezida Rigathi

Leta ya Ukraine yahaye iya Kenya imfashanyo ya toni ibihumbi 25 z’ingano kugira ngo ziyifashe mu guhangana n’ikibazo cy’inzara cyakajije umurego kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka. Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua ni we wakiriye iyi mfashanyo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2022. Ambasaderi wa Ukraine muri iki gihugu, Andriy Pravednyk ni we wayimushyirije ubwo […]

Burundi: Inyeshyamba 7 z’Abanyarwanda zishwe, izindi zifatwa mpiri

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho kwica abarwanyi 7 bo mu mutwe witwaje intwaro ukomoka mu Rwanda, gukomeretsa benshi hamwe no gufata mpiri bane muri bo. Ikinyamakuru SOS Burundi gisobanura ko byabereye mu mirwano yabaye mu cyumweru gishize hagati y’ingabo z’iki gihugu n’izi nyeshyamba mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri komini ya Bukinanyana na Mabayi mu ntara […]

RDC: Umuyobozi w’ibiro bya perezida yaba aherutse gufungura ibaruwa irimo uburozi

Amakuru aturuka muri Perezidansi ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo agera ku rubuga Infos.cd, aravuga ko Umuyobozi w’ibiro by’umukuru w’igihugu, Guylain Nyembo, yarusimbutse mu cyumweru gishize nyuma yo kwakira ibaruwa irimo uburozi, ubu hakaba hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane aho yaturutse . Amakuru y’ibanze avuga ko Guylain Nyembo, yabanje gufungura ibaruwa ashaka gukuramo ubutumwa bwari […]

Mali: Bwa mbere mu myaka 10 umupadiri w’Umunyaburayi yashimutiwe i Bamako

Abakekwaho kuba intagondwa za kisilamu bashimutiye umupadiri w’Umudage mu murwa mukuru wa Mali, nk’uko bagenzi be bavuze ko kuri uyu wa Mbere ushize, akaba ari ubwa mbere mu murwa mukuru, Bamako, habereye ishimutwa ry’umunyaburayi kuva mu myaka irenga icumi ishize . Ku Cyumweru, nibwo Rev. Hans-Joachim Lohre yiteguraga kujya kwizihiza Misa mu kandi gace ko […]

Imyaka 10 irashize Kabila yirukanye Gen. Tango Four wakekwagaho guha inyeshyamba intwaro

Tariki ya 22 Ukwakira 2012 ni bwo Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu yirukanye GĂ©nĂ©ral Major Gabriel Amisi Kumba uzwi nka Tango Four ku mwanya w’Umugaba w’izirwanira ku butaka. Iyirukanwa rya Gen. Tango Four ryakomotse kuri raporo yari iherutse gushyirwa hanze n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zakurikiranaga […]

Burundi: Umunyamakuru wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe ‘mu masengesho’

Minisiteri ishinzwe umutekano mu Burundi yatangaje ko umunyamakuru wa Iwacu wari umaze iminsi aburiwe irengero yasanzwe mu masengesho, asengera hamwe n’abandi. Iki kinyamakuru cyatangaje ko tariki ya 20 Ugushyingo 2022 cyamenyeshejwe ko Misago JĂ©rĂ©mie yabuze ku munsi wabanje, gitangira kumushakira muri za kasho, mu bitaro no mu buruhukiro ariko nticyamubona. Iwacu yasobanuye ko yabajije abo […]

Perezida wa FIFA yatangaje ko Koreya ya Ruguru yakwakira igikombe cy’Isi

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino, yatangaje ko nta kibazo cyaba kiri mu kuba ibihugu nka Koreya ya Ruguru byakwakira irushanwa ry’igikombe cy’Isi. Infantino yabitangarije mu mbwirwaruhame ye mu gihe irushanwa ry’igikombe cy’Isi riri kubera muri Qatar guhera tariki ya 20 Ugushyingo 2022. Uyu muyobozi yashinje ibihugu bimwe n’ibitangazamakuru byo mu burengerazuba gushaka […]

Abacungagereza bo muri Uganda babujijwe kujyana terefone ku kazi muri iki gihe

Kuri uyu wa Mbere, abategetsi ba Uganda babujije abakozi ba gereza gukoresha telefone zabo zigendanwa mu gihe cy’Igikombe cy’Isi, bababurira ko abagororwa bashobora kwifashisha kurangarira ibibera muri iyi mikino kwabo bagatoroka . Umuvugizi wa Komiseri Mukuru ushinzwe amagereza, Frank Mayanja Baine, mu magambo ye yagize ati: “Itangira ry’amarushanwa y’igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru ku ya 20 […]

Rubavu: Mu modoka 78 zitabiriye isuzuma ry’ubuziranenge 38 ni zo zitasanzwemo amakosa

fiho2ruxeb4sdbs.jpg

Imodoka 40 muri 78 zitabiriye ku munsi wa mbere wa Serivisi yo gusuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga hifashishwa imashini yimurwa, yegerejwe abo mu Karere ka Rubavu, zatsinzwe igenzura ba nyirazo basabwa gukosora amakosa ya mechanique yagaragaye . Ibi byemejwe n’Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, uvuga ko […]

Abasilamu barasaba Leta kubafasha gukora impinduka mu idini bavuga ko ryugarijwe n’ibibazo

Umuryango w’Abasilamu mu Rwanda urasaba Leta kuwufasha gukora impinduka mu idini ryabo, kuko ngo ryugarijwe n’ibibazo byinshi bimaze igihe kinini birimo imicungire mibi y’umutungo n’imiyoborere itanoze. Ibi bibazo bigaragara mu nyandiko ifunguye Imanzi Fahd Al-Sud washinze itsinda TF2/Islam Impinduka ya II yageneye abanyamakuru tariki ya 31 Ukwakira 2022. Muri ibi bibazo, Imanzi avuga ko hariko […]

Burundi: Umunyamakuru w’ikinyamakuru Iwacu amaze iminsi aburiwe irengero

Umunyamakuru w’ikinyamakuru cyigenga cyo mu Burundi, Iwacu, yaburiwe irengero kuva kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize . Iki kinyamakuru akorera ndetse n’umuryango we, bemeza ko JĂ©rĂ©mie Misago bamubuze muri kasho zizwi n’amategeko kugeza ubu. Umuvugizi w’igipolisi avuga ko ayo makuru inzego z’umutekano zayamenye kandi zirimo gukora ibishoboka kugira uyu munyamakuru JĂ©rĂ©mie Misago aboneke. Hari hashize imyaka irenga […]

Ndayishimiye yavuze uko umubano w’u Burundi n’u Rwanda wifashe, akomoza ku kibazo cy’abarimo Gen. Niyombare

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko kuri ubu nta mwuka mubi wavuga ko ukirangwa hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, ashimangira ko u Burundi bufite icyizere cy’uko u Rwanda ruzabushyikiriza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu 2015 bagashyikirizwa ubutabera. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yabikomojeho ubwo yagiranaga ikiganiro cyihariye n’abanyamakuru: Marc PERELMAN na Laurent CORREAU […]

Nyamasheke: Ubuvuzi n’uburezi biracyari imbogamizi ku bantu bafite ubumuga

Nubwo abantu bafite ubumuga mu karere ka Nyamasheke bishimira ibyagezweho n’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa mu kubigisha uburenganzira bwabo no kumenya kubuharanira, baravuga ko bagihanganye n’ibibazo byinshi birimo ibyibanda cyane cyane ku buvuzi n’uburezi, basaba ko byakorerwa ubuvugizi bigakemuka. Mu bibazo by’ubuvuzi bikibabereye umutwaro,ngo hari nk’abakenera kubagwa n’abaganga b’inzobere mu by’amagufa,kuko muri aka gace, uretse abaganga baza by’igihe […]

Martin Fayulu yibasiye Mushikiwabo, asaba RDC kuva muri OIF

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yibasiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo. Fayulu wiyita Perezida wa RDC kandi yaboneyeho gusaba iki gihugu kuva muri uyu muryango uzwi nka OIF cyangwa La Francophonie, ngo mu gihe kiyobowe n’umuntu ushyigikiye u Rwanda. Kuri uyu wa 21 […]

Mbuji-Mayi: Urundi rubyiruko hafi 2000 rwerekeje i Kinshasa mu myitozo ya gisirikare

Nyuma y’ubukangurambaga rusange bwatangijwe na Perezida wa Repubulika, urubyiruko rwinshi rukomeje kwinjizwa mu gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). I Mbuji-Mayi, kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Ugushyingo 2022, aba basirikare bashya bakabakaba 2000 berekeje i Kinshasa aho bagiye gufatira imyitozo ya gisirikare . Uru rubyiruko ruzifatanya n’abandi bashya bamaze kugera i Kinshasa, […]

Indonesia: Umutingito ukaze wahitanye byibuze abasaga 50 usenya amazu arenga 1700

Kuri uyu wa Mbere, umutingito ukaze uri ku gipimo cya mgnitude ya 5.6 wahitanye abantu barenga 50 ukomeretsa amagana mu ntara ya Java yo mu burengerazuba bwa Indonesia, abatabazi bakaba bakomeje kugerageza kugera ku barokotse baheze munsi y’ibikuta . Guverineri wa Java y’Iburengerazuba, Ridwan Kamil, yemeje ko abantu 56 bapfuye bazize umutingito wibasiye cyane umujyi […]

Rusizi: Abanyamuryango ba SACCO Gihundwe barasaba ubuyobozi bushya guhashya ababangiriza umutungo

Umusingi SACCO Gihundwe umaze igihe mu bibazo by'imicungire mibi y'umutungo

Nyuma y’uko mu musingi SACCO Gihundwe mu karere ka Rusizi hirukanywe abakozi 5 mu bihe bitandukanye, barimo n’uwari umucungamutungo wayo Kangabo Chantal, bazira inyereza n’imicungire mibi, hagashyirwaho umucungamutungo mushya hakanatorwa umuyobozi mushya w’inama y’ubutegetsi, abanyamuryango barasaba abashyizweho imikorere mishya. Nk’uko byari byanditse mu nkuru Bwiza.com yasohoye ku wa 27 Ukwakira 2021 yari ifite umutwe ugira […]

Un autre député démissionne du Parlement

Le dĂ©putĂ© Jean-Pierre Celestin Habiyaremye a dĂ©missionnĂ© du Parlement pour ce qu’il a dĂ©crit comme des raisons personnelles, mais a soulignĂ© son inconduite pendant la pandĂ©mie lorsqu’il a violĂ© les heures de couvre-feu, un incident qui s’est produit il y a plus d’un an et neuf mois . S’adressant au New Times lundi, Habiyaremye a […]

Habiyaremye wari umudepite yasobanuye uburyo igitutu cya Polisi cyatumye yegura

Ifoto yavuye muri videwo yafashwe Habiyaremye mu 2021 ubwo yari i Musanze

Habiyaremye Jean Pierre Celestin wari umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yahishuye uburyo igitutu cy’abapolisi barimo abo bigeze kugirana ikibazo cyatumye yegura kuri iyi nshingano. Inkuru y’ubwegure bwa Habiyaremye yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2022 ndetse yemezwa n’Inteko ishinga amategeko yagize iti: “Perezida w’Umutwe w’Abadepite yakiriye inyandiko y’ubwegure ku mwanya […]

Dore uko abami bakiyoboye ku Isi barutana mu butunzi

felipe_vi.jpg

Kuva kera bizwi ko ubwami buba bugenzura ubutunzi bwose bw’ibihugu ugasanga kuvuka mu muryango nk’uyu hari amahirwe biguha yo kubaho ubuzima bwawe bwose ntacyo wifuje, ari yo mpamvu tugiye kurebera hamwe abami bakize cyane mu bakiriho ku Isi kuva Danemark kugeza muri Arabia Saoudite : 1.Umwami wa Espagne Felipe VI ngo afite agaciro ka miliyoni […]

Urukiko rwategetse ko Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo asubira muri gereza

Urukiko rw’ikirenga rwa Afurika y’Epfo rwategetse ko Jacob Zuma wayoboye iki gihugu kuva mu 2008 kugeza mu 2018 asubira muri gereza kugira ngo arangize igifungo yari yarakatiwe. Muri Kamena 2021 ni bwo urukiko rushinzwe kurinda itegekonshinga rwakatiye igifungo cy’amezi 15, rumuziza kwanga kurwitaba ngo rumukoreho iperereza ku byaha yakurikiranwagaho cyo kunyereza umutungo. Zuma yatawe muri […]

Perezida Kagame na madamu bakiriwe ku meza na Emir wa Qatar

fieutmixoairo0x-14d30.jpg

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriwe ku meza na Tamim bin Hamad Al Thani, Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, mu musangiro witabiriwe n’abandi bayobozi bakurikiye ifungurwa ry’imikino y’Igikombe cy’Isi. Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze muri Qatar kuwa Gatandatu, ku butumire bwa Tamim bin Hamad Al Thani usanzwe ari inshuti ikomeye y’u Rwanda kugira […]

Umupira w’amaguru wongeye kwerekana imbaraga zawo uhuza Qatar na Arabia Saoudite bisanzwe birebana ay’ingwe

outrage-as-fifa-boss-laughs-with-saudi-prince-mohammed-bin.jpg

Kuri iki Cyumweru, Igikomangoma Mohammed bin Salman akaba na Minisitiri w’Intebe wa Arabia Saoudite yitabiriye umuhango wo gutangiza imikino y’igikombe cy’Isi (FIFA World Cup 2022) ibera muri Qatar, hamwe n’abandi bayobozi mpuzamahanga. Ni ikintu gisa nk’icyatunguranye kubera umubano ukonje usanzwe hagati ya Qatar na Arabia Saoudite ndetse kinagaragaza imbaraga umupira w’amaguru cyangwa imikino ifite mu […]

Rubavu: Polisi yahagaritse imodoka umwe mu bayirimo akizwa n’amaguru

Abapolisi mu Karere ka Rubavu bahagaritse imodoka itwara abagenzi yaturukaga i Mahoko yerekeza mu Mujyi wa Kigali, kuko yari imaze kwakira amakuru ko harimo urumogi, umwe mu bagenzi bari bayirimo ahita ayisohokamo, akizwa n’amaguru. Nyuma yo gusaka iyi modoka, polisi yatangaje ko hafatiwemo ibilo 16 by’urumogi n’abantu batatu bakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa bagafatwa. […]

Undi mudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yeguye

Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda witwa Habiyaremye Jean Pierre Celestin yeguye kuri uyu mwanya ku mpamvu ze bwite. Ubwegure bw’uyu mudepite bukurikiye videwo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu minsi ishize, imugaragaza atongana n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda, bivugwa ko icyo gihe yari yasinze. Habiyaremye ariko mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yasobanuye ko iyi […]

Abazamu bari mu gikombe cy’Isi bahangayikishijwe n’umupira uzakoreshwa muri iyi mikino

Abazamu bahanganye n’ikibazo kitoroshye mu marushanwa ya Qatar World Cup 2022 kuko imipira ikoreshwa mu gikombe cy’Isi uko ibihe bihita igenda irushaho kongererwa umuvuduko kandi ubwoko bushya buri gukoreshwa muri Qatar nabwo burushaho kwihuta, nk’uko umunyezamu wa Uruguay, Sergio Rochet, yabitangaje . FIFA yavuze ko umupira mushya, bise Al Rihla cyangwa “urugendo” mu cyarabu, ugenda […]

Mushikiwabo yavuze kuri Minisitiri w’Intebe wa RDC wanze kujya mu ifoto irimo Perezida Kagame

Sama ntiyemeye kujya muri iyi foto

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yavuze kuri Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Michel Sama Lukonde wanze kujya mu ifoto irimo Perezida Paul Kagame. Tariki ya 19 Ugushyingo 2022 ubwo abakuru b’ibihugu na za guverinoma muri OIF batangiraga inama y’iminsi ibiri mu mujyi wa Djerba muri Tunisia, […]

Nairobi: Ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Leta ya RDC na M23 byongeye gusubikwa

Amakuru aturuka muri leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo aravuga ko ibiganiro by’amahoro byari biteganyijwe i Nairobi kuri uyu wa Mbere, hagati ya guverinoma n’imitwe yitwaje intwaro byahagaritswe. Guverinoma ya Congo yanze mu bishoboka byose ko habaho imishyikirano hagati yayo n’inyeshyamba za M23 yita ko ari abaterabwoba mu gihe Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba (EAC) […]

Kagame yahaye Uhuru isezerano, umusirikare wa RDC arasirwa i Rubavu, urubanza rwa Prince Kid rurasubikwa: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 14 Ugushyingo 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye ku mutekano, politiki n’ubutabera. Harimo ko: Dr Mbonimana weguye kubera ubusinzi yacitse ku nzoga Dr Mbonimana Gamariel weguye ku mwanya w’umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda kubera ubusinzi yavuzweho na Perezida Paul Kagame, yijeje Abanyarwanda ko yacitse ku nzoga. Mu itangazo yashyize […]

Uburengerazuba: RGB irihanangiriza abayobozi buka abaturage inabi n’ababasiragiza

Meya Mukandayisenga abona nta mpamvu umuyobozi cyangwa umukozi yatanga yatuma abwira nabi umugana

Nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe uyu mwaka n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB) ku miyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze, intara y’uburengerazuba nubwo ari iya mbere ku rwego rw’igihugu muri uru rwego, ngo iracyagaragaramo ingeso mbi yo kuka inabi no gusiragiza abaturage bagana inzego zakabakemuriye ibibazo, umuyobozi mukuru wa RGB, Dr Usta Kayitesi akavuga ko bene abo […]

Uwari Minisitiri w’intebe w’u Buyapani yashinje Zelensky kuba inyuma y’akaga abaturage be barimo

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Buyapani, Yoshiro Mori, yatangaje ko Perezida wa Ukraine, Vladimir Zelensky, yatumye abaturage bo mu gihugu cye “bababara” . Yoshiro Mori avuga ko itangazamakuru mu Buyapani ribogama mu makuru avuga ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine. “Sinumva neza impamvu [Perezida w’u Burusiya Vladimir] Putin ari we unengwa gusa mu gihe Bwana […]

Imyaka 10 irashize M23 ifashe umujyi wa Goma

Lt Col Kazarama asuhuza abatuye i Goma ubwo M23 yafataga uyu mujyi

Tariki ya 20 Ugushyingo 2012 ni bwo umutwe witwaje intwaro wa M23 wafashe umujyi wa Goma w’ingenzi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Ni nyuma y’amezi 7 wari umaze uhanganye n’ingabo za Leta yari iyobowe na Joseph Kabila Kabange, yatangiye bitewe n’amasezerano yo ku wa 23 Werurwe 2009 Leta […]

Colorado: Batanu bishwe barasiwe mu kabyiniro k’abatinganyi benshi barakomereka

Abantu batanu bishwe abandi 18 barakomereka mu iraswa ryabereye mu kabyiniro k’abaryamana bahuje ibitsina mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu muri Colorado Springs, muri Leta ya Colorado . Ukekwaho icyaha arimo kuvurwa ibikomere nyuma y’igitero cyabereye kuri Club Q, nk’uko umupolisi wo muri Colorado Springs, Lieutenant Pamela Castro yabitangarije abanyamakuru. Polisi yabonye telefoni ya […]

Perezida Kagame yagiye muri Qatar kwitabira itangira ry’igikombe cy’Isi

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagiye muri Qatar kwitabira umuhango w’itangira ry’irushanwa ry’igikombe cy’Isi uraba kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2022. Ibiro ntaramakuru bya Qatar, QNA, bisobanura ko Umukuru w’Igihugu yageze i Doha ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Hamad mu gitondo cy’uyu munsi. Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Qatar, Ibrahim bin Yousef […]

Perezida wa Kenya ategerejwe i Kinshasa

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kuri uyu wa 20 Ugushyingo. Itangazo ryasohowe n’Umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa Kenya, Hussein Mohamed, risobanura ko Ruto arerekeza i Kinshasa ku mugoroba w’uyu munsi, aho yakirwa na mugenzi wa RDC, FĂ©lix Tshisekedi. Gahunda yateganyijwe muri uru ruzinduko rw’umunsi […]

Imirwano yongeye kubura i Kibumba nyuma y’ibitero bya FARDC ku birindiro bya M23

capture-29.jpg

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 20 Ugushyingo, imirwano yongeye gukomeza hagati y’ingabo za FARDC na M23 i Kibumba, mu birometero nka 20 uvuye mu Mujyi wa Goma, aho bivugwa ko imirwano iri kubera ahazwi nka 3 antennes muri Ruhunda . Aya makuru yemejwe n’umuvugizi wa M23, ishami rya politiki, Lawrence Kanyuka, abinyujije kuri […]

Impamvu yatumye RDC yisubira ku kwanga gutora Mushikiwabo

Mushikiwabo, Sama na Perezida wa Tunisia mu ifoto imwe

Guverinoma ya RDC yari ifite gahunda yo kwanga gutora Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo muri manda ya kabiri nk’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, OIF. Umwe mu bagize itsinda rya guverinoma ya RDC ryitabiriye inama y’iminsi ibiri ya OIF iri kubera mu mujyi wa Djerba muri Tunisia kuva kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2022, yabwiye ikinyamakuru […]

Qatar: Karim Benzema ntagikiniye u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi

Umukinnyi Karim Benzema ntakigaragaye mu ikipe y’u Bufaransa mu gikombe cy’Isi cya 2022 muri Qatar nyuma y’imvune yagiriye mu myitozo y’ikipe y’igihugu . Uyu mukinyi w’imyaka 34 wegukanye Ballon d’Or iheruka, byabaye ngombwa ko ava mu myitozo yo kuri uyu wa Gatandatu hakiri kare bitera impungenge umutoza Didier Deschamps. Ibizamini byakorewe mu bigo bya ASPETAR […]

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yasuye Ukraine bitunguranye ayizeza intwaro

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yasezeranyije Ukraine imbunda 125 zo guhanura indege n’ubundi buryo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere ubwo yahakoreraga uruzinduko rutunguranye ku wa Gatandatu agiye kuganira na Perezida Volodymyr Zelenskyy . Iyi kunga y’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere, u Bwongereza buvuga ko ifite agaciro ka miliyoni 50 z’amapound (miliyoni 47 €), […]

General Kainerugaba ashyigikiye icyemezo cya Perezida Kagame na Uhuru kuri M23

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko ashyigikiye icyemezo cya Perezida Paul Kagame na Uhuru Kenyatta ku mutwe witwaje intwaro wa M23. Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba tariki ya 18 Ugushyingo watangaje ko Uhuru yaganiriye na Paul Kagame ku mirwano ya M23 n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Perezida w’u […]

Interpol yashyizeho impapuro zo gufata Isabel dos Santos

Umuryango wa Polisi mpuzamahanga uzwi nka Interpol washyizeho impapuro zo guta muri yombi umuherwe ukomoka muri Angola, Isabel dos Santos. Ibiro ntaramakuru Lusa byo muri Portugal bisobanura ko Interpol yashyiriyeho Isabel, umukobwa wa Eduardo dos Santos wabaye Perezida wa Angola, impapuro zimuta muri yombi, hashingiwe ku busabe bw’ubushinjacyaha bw’iki gihugu akomokamo. Ubusabe bwo kumufata ngo […]

Ubutegetsi bwa RDC bugomba kwizera EAC: Museveni

Museveni ubwo yakiraga iri tsinda ryoherejwe n'akanama ka UN gashinzwe umutekano

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bugomba kwizera ubumwe bwa Afurika y’iburasirazuba, kugira ngo ibufashe gukemura ibibazo bihari by’umutekano muke. Aya magambo yayabwiye itsinda ry’akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano riherutse kugirira uruzinduko muri Uganda, ryari mu iperereza rigamije kumenya aho imitwe yitwaje intwaro irimo M23 […]

Umusirikare wa FARDC yiciwe ku butaka bw’u Rwanda

Amakuru aturuka mu Karere ka Rubavu, aravuga ko mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Mbugangari, mu Mudugudu wa Gasutamo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, saa saba z’ijoro, umusirikare wa FARDC yishwe n’abasirikare b’u Rwanda nyuma yo kwinjira ku butaka bw’u Rwanda arasa . Abaturage b’ahabereye ibi bavuga ko bumvishe urasaku rw’amasasu ariko batamenye […]

Karongi: Abana 32,4% mu bari munsi y’imyaka 5 baragwingiye

Umutoni aha abana ikinini cy'inzoka na Vitamini A

Ikibazo cy’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka 5 mu karere ka Karongi ngo gihangayikishije cyane ubuyobozi bw’aka karere,abafatanyabikorwa bako n’izindi nzego bireba, aho 32,4% byabo barifite, bamwe mu babyeyi babo bakavuga ko biterwa n’ubukene bukabije barimo no kutabona icyo bakuraho ifaranga ngo bababonere indyo yuzuye, ubuyobozi bukizeza gukora ibishoboka byose ngo mu gihe cy’umwaka umwe uyu […]

Itsinda rya UN ryabajije Museveni ku birego by’uko ingabo za Uganda zaba zifasha M23

Itsinda ryoherejwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano ryasanze Perezida Yoweri Museveni i Kampala rimubaza ku makuru y’uko ingabo za Uganda zaba zifasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Iri tsinda ryari riyobowe n’umuyobozi komite ishinzwe ibihano muri aka kanama, Michel Xavier Biang, ryageze muri Uganda nyuma yo kuva i Kinshasa n’i Kigali, aho ryari riri […]

Uganda: Abitwaje intwaro bateye ikigo cya gisirikare bica umusirikare batwara n’imbunda

Umusirikare wa Uganda yiciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro ku kigo kirinzwe cyane cy’Ishuri rya gisirikare rizwi nka Junior Command and Staff College Gaddafi mu Karere ka Jinja . “Igitero kivugwa cyibasiye umusirikare wa UPDF wari urinze bariyeri y’irembo ry’Ikigo cya Kadhafi, wishwe imbunda ebyiri zikibwa”, ibi byatangajwe n’igipolisi kuri uyu wa Gatanu nyuma gato […]

Umuyobozi muri Kivu y’Amajyaruguru afunzwe akekwaho gukorana na M23

Bivugwa ko hari ibimenyetso Kavungera yafatanwe bigaragaza ko yakoranaga na M23

Umuyobozi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatawe muri yombi n’urwego rushinzwe ubutasi, akekwaho gukorana n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Uyu ni Blaise Kavungera ushinzwe ‘porotokole’ muri iyi ntara. Uru rwego ruzwi nka ANR rwamutaye muri yombi tariki ya 16 Ugushyingo, arara muri kasho y’i Goma ijoro rimwe, yoherezwa […]

Dr Kayumba yatakambiye urukiko ngo rumufunguze by’agateganyo

Umunyapolitiki Dr Kayumba Christopher wabaye umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda n’umunyamakuru mukuru, yatakambiye urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, arusaba ko rwamufunguza by’agateganyo. Dr Kayumba yaherukaga imbere y’abacamanza tariki ya 16 Nzeri 2022, aho bafashe umwanzuro w’uko urubanza rutabera mu rukiko, ko ahubwo rwazabera muri gereza ya Nyarugenge, kandi rukazaburanishwa n’abacamanza batatu. Gusa kuri uyu wa 18 […]

Nyaruguru: Vers la professionnalisation du travail de cueilleur de feuilles de théiers

Le thĂ©ier est une culture industielle qui fait rentrer des devises au Rwanda. Aujourd’hui dans le district de Nyaruguru, la superficie des champs de plantations de thĂ©iers s’Ă©largit d’annĂ©e en annĂ©e. Proportionnellement, la demande en cueilleurs de feuilles de thĂ© progresse. C’est pourquoi les thĂ©iculteurs locaux lancent une idĂ©e que le travail de cueilleur puisse […]